• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ( ICC) mu kwaha kw' ibihangange ku Isi

Zicukumbuye

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ( ICC) mu kwaha kw’ ibihangange ku Isi

Yanditswe na Munyakayanza Samuel
Yanditswe kuwa 13/02/2020 10:22

Urukiko mpuzamahanga (ICC) rukiko rukorera i La Haye mu Buholandi, rufite intego yo kuburanisha no gushinja ibyaha abantu bakoze ibyaha mpuzamahanga nka Jenoside, ibyibasiye inyoko muntu, iby’intambara n’ibindi ndengakamere. Rushyirwaho n’ ibihugu binyamuryango mu masezerano y’itiriwe ay’ i Roma.

Uru rukiko mu mikorere yarwo ntirwagiye ruvugwaho rumwe na za Leta zitandukanye ndetse n’imiryango mpuzamahanga, bitewe n’uburyo rukoramo bwuzuyemo ukubogama no kurobanura hashingiwe ku nyungu z’ ubukungu cyangwa iza politiki.

Abanenga urukiko rwa ICC abenshi bahuriza ku kintu kimwe cy’uko n’ubwo uru rukiko rwitwa mpuzamahanga, usanga rwitendeka ku Banyafurika bonyine nk’ aho ari bo rukumbi bafite akaboko kanduye gahora kisirisimba mu byaha rukurikirana.

Ingero zishimangira iyi ngingo ni nyinshi kuko rwagiye rukurikirana gusa abanyafurika.

Ni urukiko rumaze imyaka igera kuri 18 rushyizweho, dore ko rwashinzwe muri Nyakanga 2002. Kuva uru rukiko rwashingwa, ibiro byarwo by’ubushinjacyaha ( OTP ) byagiye byakira amakuru y’ibyaha bivugwa ko byibasira inyoko muntu hirya no hino ku isi, ariko bihitamo gukora iperereza ku byaha bivugwa ko byakorewe ku butaka bw’umugabane utuwe n’abirabura gusa.

Magingo aya rukaba rumaze gukora iperereza ku byaba byibasiye inyoko muntu mu bihugu bya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Repubulika ya Centrafrique, i Darfour muri Sudani, muri Uganda, Mali, Kenya, C�te d’Ivoire, Libye ndetse, Liberia na Sierra Leone.

Ni mu gihe OTP yagiye yakira amakuru ku byaha byibasiye inyoko muntu mu bindi bihugu bitandukanye bitari ibya Afurika, ariko igahitamo kudakora iperereza. Ingero nziza ni ibyaha byakorewe mu bihugu nka Venezuela, Iraq, Colombia, Palestine na Afghanistan.

Mu banenga imikorere ya ICC, harimo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, utumva uburyo ruriya rukiko rwashyiriweho isi bikarangira rubaye urw’Abanyafurika gusa aho yakunze kurwita ko ari urukiko ruvangura ( Selective court).

Perezida Kagame yagarutse kenshi ku mikorere mibi y’ urwo rukiko nko ku wa 28 Mata 2018, i Kigali, ubwo yitabiraga umunsi wa kabiri w�ibiganiro mu nama yiswe �Ibrahim Governance Weekend� aganira na Mo Ibrahim, ku mikorere y�inzego za Leta muri Afurika yo mu kinyejana cya 21.

Yagize ati" Urukiko rwa ICC rwagiyeho rushyiriweho Isi yose ariko byarangiye rubaye urwa Afurika gusa. Abanyafurika baburanishwa na ruriya rukiko usanga akenshi ibyaha baba barabikoranye n�abandi b�ahandi."

Yongeyeho ati" Kuki rutaburanisha Abanya-Argentine? Kuki rutaburanisha abo muri Myanmar...kuki rutaburanisha abanya-Iraq? Kuva rwatangira nakomeje kuvuga ko uru rukiko bizarangira rucira imanza Abanyafurika gusa. Guca imanza ubwabyo si bibi, buri wese agomba kubazwa ibyo akora. Ikibazo kiza mu buryo ibyo bikorwamo, umuntu akibaza niba ubutabera butangwa koko."

Ibyo Perezida Kagame yavuze bifite ishingiro cyane, bijyanye n’uko abantu 45 CPI imaze gucira imanza cyangwa gukurikirana kuva rwashingwa bose ari Abanyafurika.

Aba barimo nk’Umunya-Uganda Joseph Kony, Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, Visi Perezida we Dr William Rutto, Abakongomani nka Jean Pierre Bemba, Thomas Lubanga, Bosco Ntaganda, Germain Katanga, Uwari Perezida wa C�te d’ Ivoire, Laurent Gbagbo, Muammar Gadafi wahoze ayobora Libya na Charles Taylor wayoboye Liberia.

Uku kwibasira Abanyafurika cyane byabaye intandaro y’umwuka mubi wazamutse muri iyi myaka ya vuba hagati y’ urwo rukiko n’ ibihugu bya Afurika.

Muri icyo cyerekezo kandi uru rukiko rukaba ruragera amajanja Omar Al- Bashir wahoze ayobora Sudani, byamaze kwemezwa ko ashobora kurushyikirizwa na leta iriho muri iki gihe. Ni nyuma y’igihe uru rukiko rwaramushyiriweho impapuro zimuta muri yombi, Umunyango w’ Ubumwe bwa Afurika, ukaba waraziciye amazi.
Igitangaje ni uko igihugu cya Sudan kitigeze gisinya amasezerano n’ urwo rukiko.

Birasa naho Abanyafurika barasa n’abakuye amaboko kuri urwo rukiko bitewe n’ uko kubogama kwarwo kuko rudashobora gukora iperereza ku byaha byakozwe n’ibihugu bikomeye kandi bikize ku isi.

Ababikurikiranira hafi basanga ICC yarashyiriweho gukoma mu nkokora no gupyinagaza Abanyafurika barebye kure, bagasanga badakwiye gukomeza kuba insina ngufi no kugendera mu kwaha kw’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’isi bagereranya na ba mpatsibihugu.

Iyi ngingo ishimangirwa no kuba uru rukiko rukoresha amafaranga ruhabwa na biriya bihugu umugabane wa Afurika ufiteho amateka ababaje. Ababikurikiranira hafi kandi basanga ICC ari isura nshya y’ubukoroni ku Banyafurika.

Hari icyegeranyo cyo muri 2013 kivuga ko 60% by�amafaranga akoreshwa n�uru rukiko yaba atangwa n�umuryango w�Ubumwe bw�Uburayi, bityo bakabiheraho bavuga ko uru rukiko rwaba rubyina umudiho w�indirimbo yatewe n�ibihugu byo mu Burengerazuba bw’isi. Bimwe mu bihugu bya Afurika byihutiye gusinya buhumyi ayo masezerano none byabaye nko kuboha ikiziriko ukacyiyahurisha.

Abo banyafurika kuri ubu bari mu gihirahiro kubera ingaruka mbi zababayeho, ubu bakaba barabuze uko barwigobotora.
Bivugwa ko ibihugu by�Afurika byagiye bisinya amasezerano ya Roma, bitabanje kumenya byinshi bikubiyemo n�ingingo zizabigonga.

Impamvu ni uko hari ababikoreshejwe n�amarangamutima ngo babonwe neza mu bihugu bikomeye, mu gihe abandi babikoze ku bw�inkunga ndetse n�imiryango mpuzamahanga ibifasha.

Ibihugu byose ntibyasinye amasezerano y’ i Roma kuko u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ ibindi byarebye kure byanga kuyasinya, mu gihe ibihugu 34 bya Afurika byayasinye naho ibigera kuri 122 bikaba byarayashyizeho umukono muri rusange.

Uburusiya bwarasinye ariko ntiburajyamo neza, na ho Leta Zunze Ubumwe z�America zateye utwatsi aya masezerano kuko zitayabonagamo inyungu zayo.

Cyakora cyo n’ubwo ICC abenshi mu Banyafurika batayicira akari urutega, hari abayishyigikiye ibyo ikora, kubera inyungu zo gukorera mu kwaha kwa bya bihugu bikomeye twagarutseho.

Ibi byatumye guca burundu imikorere ya ICC muri Africa bigorana kugeza ubwo ndetse byavugwagako bimwe muribyo byakiriye ruswa yo gusinerwa imyenda kugira ngo bakomeze gushyigikira ayo masezerano, ibintu byagize ingaruka zikomeye kuri AU mu gufata umwanzuro.

Babishingira ku kuba Afurika ngo ishobora kuba iri ku isonga y’imigabane yugarijwe n’ibyaha nyinshi, bijyanye n’ibibazo by’ubukene n’intambara z’urudaca ziwuhoraho.
Umunya-Tanzania w�Umusesenguzi, Jenerali Ulimwengu, asanga ICC idakurikirana buri Munyafurika ahubwo ikurikirana ufite ibyo ashinjwa cyangwa akekwaho.

Ati � Nemera ko ICC ikurikirana Umunyafurika wijanditse mu bikorwa byica abaturage, kuki bashaka gukoresha Abanyafurika bose nk�umutaka wo kubakingira gukurikiranwa ku byaha baba bakoze?.�

Akomeza avuga ko kwitwaza ko rudakurikirana abantu nka George W. Bush, Tony Blair n�abandi batungwa agatoki ko bakoze ibyaha, ari ugushaka kuzinzitiranya inzirakarengane bitwaje ko n�abandi bakoze ibyaha batabibajijwe.

Umunyarwanda ni we wicaye agira ati" Findi findi irutwa na so araroga."

Birakwiye ko Abanyafurika baturira mu ruhame, bakavuga ko bikuye muri CPI niba koko nta buhake bakeneye.
Muri 2016 byari byitezwe ko iki cyemezo kiza gufatirwa mu nama ya AU yari yabereye i Kigali, gusa ntibyakunda kubera nyine ukokwivanga kw’ ibihugu bikomeye.

Uburenganzira burabibemerera, Ingingo ya 127 y�amasezerano ya Roma, yemerera igihugu kinyamuryango kwivana muri ayo masezerano ku mpamvu zacyo bwite, kandi uko kwivanamo ntikubangamire ubundi bufatanye bushobora gukenerwa n�urukiko kuri icyo gihugu.

Igihugu cyemererwa kuva mu banyamuryango nyuma y�umwaka umwe kigejeje ku Munyamabanga Mukuru wa Loni ubusabe bwo kuvamo. Haba se hari ibihugu bizinyara mu isunzu bikigobotora urwo rukiko rwabishyiriwe?

Biragoye cyane kubyemeza, n’ubwo bishoboka, kuko byinshi muri ibyo bihugu bigitega amaboko, bisaba ubufasha kandi mwibuke ko inda ishonje itagira amatwi.

Izindi Nkuru Bijyanye


Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
 Rwanda: Ubwinshi bw'imanza, gufunga n'ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera

Izindi wasoma

Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera

Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda

Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame

Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba

Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?

Munyakayanza Samuel
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal

Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
27/09/23 06:31
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
27/09/23 06:30
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
imikino

Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Jadon Sancho yirukanwe mu bigo byose by’ikipe ya mbere muri Manchester United, harimo (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rumaze gutegeka ko Kazungu Denis ukurikiranweho ibyaha bigera (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.