Somalia: Perezida Farmaajo yababajwe n’umu-Jenerali waguye mu gitero cya Al Shabaab

Perezida wa Somalia, Mohamed Farmaajo, yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Gen Mohamed Nur Galal uri mu baguye mu gitero umutwe wa Al Shabab wagabye kuri hoteli iri mu murwa mukuru Mogadishu. Abantu 10 ni bo bimaze kumenyekana ko baguye muri kiriya gitero cy’ibiturika cyakurikiwe no kurasana, cyabaye ku Cyumweru nimugoroba, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Polisi […]

Mu buzima bwanjye sinigeze mbona imisifurire nk’iyi_A. Kagame anenga uwasifuriye Amavubi

Umukobwa wa Perezida wa Repubulika, Ingabire Ange Kagame, ari mu baraye bababajwe n’ugusezererwa kw’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’; avuga ko mu buzima bwe ari bwo yari abonye imisifurire mibi nk’iyaranze umukino w’u Rwanda na Guinée-Conakry. Mu ijoro ryakeye ni bwo Amavubi yasezerewe muri CHAN yaberaga mu gihugu cya Caméroun, nyuma yo gutsindwa na Guinée-Conakry igitego 1-0. Igitego […]

Amavubi atsinzwe na Guinée Conakry asezererwa muri CHAN 2020

Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ isezerewe muri CHAN yaberaga mu gihugu cya Caméroun, nyuma yo gutsindwa na Guinée-Conakry igitego 1-0. Hari mu mukino wa 1/4 cy’irangiza waberaga kuri Stade ya Limbé. Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0, n’ubwo Abanya-Guinée ari bo bagerageje uburyo bwinshi bw’ibitego. Ni igice cyaranzwe n’amakosa menshi (11) ku ruhande rw’ikipe […]

CHAN: Abanya-Guinée bikanze ko Amavubi akinisha abasirikare

Itangazamakuru ryo muri Guinée Conakry, ryatangaje ko muri kiriya gihugu hari icyoba cy’uko ikipe yabo ishobora gusezererwa n’Amavubi y’u Rwanda, mu mukino wa 1/4 cy’irangiza cya CHAN amakipe yombi ahuriramo ku mugoroba w’iki cyumweru. Abanya-Guinée bavuga ko n’ubwo ikipe yabo yageze muri 1/4 cy’irangiza yemwe inayoboye itsinda yarimo, itigeze ikina umukino uryoheye ijisho. Urubuga Sports […]

U Rwanda rwasobanuje U Bwongereza impamvu bwakumiriye ku butaka bwabwo abaruturutsemo

Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu, yatangaje ko itumva impamvu u Bwongereza bwashyize u Rwanda ku rutonde rw’ibihugu bitemerewe gukorereyo ingendo, ivuga ko igitegereje ibisobanuro ku cyatumye hafatwa kiriya cyemezo. Ku wa Kane w’iki cyumweru ni bwo Leta y’u Bwongereza yatangaje ko abaturage baturutse mu bihugu birimo u Rwanda, u Burundi na Leta zunze […]

Uzava mu Rugo yishimira intsinzi y’Amavubi kuri Guinée azahanwa_Umujyi wa Kigali

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatandatu, bwatangaje ko ibihano bitegereje abazitwaza intsinzi y’Amavubi bakica gahunda ya Guma mu Rugo yashyizweho mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19. Ku cyumweru ni bwo Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ izakina na Guinée, mu mukino wa 1/4 cy’irangiza cya CHAN uzabera kuri Stade ya Limbé. Amavubi yaherukaga gutsinda Togo mu […]

Abagore basabwe gukoresha impeta ishyirwa mu gitsina nk’uburyo bwo kwirinda ibyago bya SIDA

Ishami ry’Umuryango w’Abimbumbye ryita ku buzima (OMS), ryagiriye abagore inama yo gukoresha impeta ishyirwa mu gitsina; nk’uburyo bwo kubarinda ibyago byo kwandura virusi itera SIDA. OMS ivuga ko gukoresha iriya mpeta izwi nka DPV-VR biri mu buryo bwizewe burinda abagore ibyago byo kwandura virusi itera SIDA. Ni nyuma y’ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Uburayi cyita ku miti […]

CHAN: RDC irashinja Caméroun guhimba ibisubizo by’uko abakinnyi bayo banduye COVID-19

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FECOFA) ryamaganye ibisubizo bigaragaza ko hari abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Congo banduye icyorezo cya COVID-19, rivuga ko bishobora kuba byaracuzwe na Caméroun. Mu ijoro ryakeye ni bwo hamenyekanye amakuru avuga ko hari abakinnyi 13 ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo banduye COVID-19, mbere y’amasaha make ngo […]

ICGLR yasabye inyeshyamba zo muri Centrafrique gushyira intwaro hasi vuba na bwangu

Inama y’ibihugu by’Akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) yiga ku bibazo bya Repubulika ya Centrafrique yateranye ku munsi w’ejo, yasojwe hafatwa umwanzuro usaba inyeshyamba zihanganye na Leta ya Centrafrique gushyira intwaro hasi vuba na bwangu. Ni inama yateraniye i Luanda muri Angola, iyobowe na Perezida João Manuel Gonçalves Lourenço usanzwe ari n’umuyobozi wa ICGLR. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga […]

CHAN: Inama y’igitaraganya nyuma y’uko abakinnyi 13 ba RDC basanzwemo COVID-19

Inama y’igitaraganya iteraniye mu gihugu cya Caméroun kiri kuberamo irushanwa rya CHAN, nyuma y’uko abandi bakinnyi 13 ba Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagaragayeho icyorezo cya COVID-19. Abakinnyi ibisubizo byagaragaje ko banduye kuri uyu wa Gatanu barimo n’abakinnye umukino Congo Kinshasa iheruka guhuramo na Niger. Iyi kipe kandi yagombaga guhura na Caméroun mu mukino wa […]

Musanze: Amazi amaze amezi 3 yarabuze yatumye abanyeshuri bahagarika amasomo

img-20210129-wa0093.jpg

Abanyeshuri bo mu rwunge rw’amashuri rwa Remera mu karere ka Musanze, bamaze igihe batitabira amasomo uko bikwiye kubera ikibazo cy’amazi amaze igihe yarabaye ingume muri kariya gace. Amazi muri kariya gace amaze amezi hafi atatu yaragiye, kubera igikorwa cyo kubaka imiyoboro mishya, n’ubwo na mbere yaho atabonekaga mu buryo buhagije. Mu ma saa munani yo […]

RDC: Minisitiri w’Intebe Sylvestre Ilunga na Guverinoma ye beguye

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sylvestre Ilunga Ilunkamba, yashyikirije ubwegure bwe Perezida Félix Antoine Tshisekedi; nyuma y’umunsi umwe aterewe icyizere n’Inteko Ishinga amategeko. Minisitiri Ilunga yashyikirije Perezida ubwegure bwe kuri uyu wa Gatanu, mu ngoro ye aho yari yamusuye. 7SUR7.CD yahamirijwe aya makuru n’umwe mu bakora muri Perezidansi ya Congo Kinshasa wifuje […]

Kenya: Abarimu basabye Leta kubaha imbunda

Ihuriro ry’abarimu bigisha mu mashuri makuru yo mu gihugu cya Kenya (KUPPET), ryasabye Leta ya kiriya gihugu guha imyitozo ya gisirikare abarimu bo mu bice bitandukanye by’igihugu bikunze kurangwamo umutekano muke, ndetse n’imbunda. Umunyamabanga Mukuru wa ririya huriro, Moses Nthurima, yavuze ko guha imbunda abarimu bitazabarinda gusa ababatera bakabagirira nabi, ko ahubwo bizanabaha icyizere cyo […]

IFFHS yatangaje ikipe ya 11 beza baranze Afurika mu myaka 10 ishize

Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Ibarurishamibare n’Amateka ku mupira w’amaguru (IFFHS) ryashyize ahagaragara ikipe y’abakinnyi 11 beza baranze umugabane wa Afurika mu myaka 10 ishize. Ni ikipe yiganjemo amazina asanzwe azwi mu mupira w’amaguru, igizwe n’abakinnyi bose bakomoka mu Burengerazuba bw’umugabane wa Afurika no mu majyaruguru yawo. Umunya-Nigeria Vincent Enyeama ni we watowe nk’umuzamu wahize abandi muri Afurika […]

CHAN: Guinée izahura n’Amavubi ni yo kipe ifite abakinnyi bato kurusha ayandi

Ikipe y’igihugu ya Guinée Conakry izakina n’Amavubi y’u Rwanda mu mukino wa 1/4 cy’irangiza cya CHAN iri kubera mu gihugu cya Caméroun, ni yo kipe iri muri ririya rushanwa ifite abakinnyi bato kurusha ayandi. Amavubi azisobanura na Guinée ku cyumweru, mu mukino uzabera kuri Stade ya Limbé aheruka kuboneraho itike ya 1/4 cy’irangiza atsinze Togo […]

RDC: Minisitiri w’Intebe Sylivestre Ilunga na Guverinoma ye birukanwe

Inteko Ishinga Amategeko ya Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatatu yafashe umwanzuro wo kwirukana Minisitiri w’Intebe, Sylvestre Ilunga na Guverinoma ye nyuma yo kubatakariza icyizere. Minisitiri Ilunga yirukanwe nyuma y’igihe gito hatowe icyemezo cyo kumutakariza icyizere cyatowe atari mu nteko, kuko yari mu rugendo mu mujyi wa Lubumbashi aho yari yagiye guhura […]

Magufuli yasabye abanya-Tanzania kwitondera inkingo za COVID-19 ziri kwamamazwa n’amahanga

Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli, yasabye Minisiteri y’Ubuzima mu gihugu cye kwirinda kwihutira gusaba ‘inkingo za COVID-19 zikomeje kwamamazwa n’ibihugu by’amahanga.’ Magufuli yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yari mu gace ka Geita, avuga ko ibyo kwifashisha inkingo za COVID-19 bidakwiye gufatwa nk’ibintu byoroshye. Ati: “Mugomba guhagarara bwuma. Inkingo ni mbi cyane. Niba […]

Abasirikare bakoze ku mabere y’umugore wanjye_Bobi Wine abara uko yari afungiye iwe

Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yashinje inzego zishinzwe umutekano za kiriya gihugu kumukoza isoni we n’umuryango we ndetse n’abakozi be ubwo abashinzwe umutekano bari baramufungiye iwe mu rugo. Kuva tariki ya 14 Mutarama ubwo muri Uganda habaga amatora y’umukuru w’igihugu yegukanwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Bobi Wine bari bahanganye […]

Minisitiri Shyaka yemeye gufasha uwenda ‘kwicwa n’inzara’ wasabye Perezida Kagame kumuremera

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yemeye gufasha umuturage watabaje Perezida wa Repububulika, Paul Kagame kuri Twitter, amusaba kumukiza inzara yenda kumwica. Uwatabaje Perezida Kagame agatungira agatoki ubutumwa bwe Ibiro by’Umukuru w’Igihugu na Minisitiri Shyaka ni uwitwa Isham Abdallah uvuga ko yari asanzwe akora akazi ko gutanga ibiryo muri resitora, gusa akazi kakaba karahagaze. Abdallah […]

Imana yumvise ugutakamba kw’Amavubi, Togo ihinduka igitambo (Amafoto)

img_20210126_233653.jpg

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yaraye ikatishije itike ya 1/4 cy’irangiza cya CHAN ikomeje kubera mu gihugu cya Caméroun, nyuma yo gutsinda Togo ibitego 3-2. Hari mu mukino usoza itsinda C Amavubi y’u Rwanda yasabwaga gutsinda ku kiguzi icyo ari cyo cyose, kugira ngo agire amanota atanu yari gutuma abasha kuguma muri ririya rushanwa. Ibitego bitatu bya […]

Amavubi atsinze Togo agera muri 1/4 cy’irangiza cya CHAN

Ikipe y’Igihugu Amavubi itsinze iya Togo ibitego 3-2 mu mukino wa nyuma wo mutsinda C, ikatisha itike ya 1/4 cy’irangiza cya CHAN ikomeje kubera mu gihugu cya Caméroun. Ni umukino Amavubi yasabwaga gutsinda ku kabi n’akeza kugira ngo arenge amatsinda, kugeza n’aho n’umukuru w’igihugu ayahanura mbere yo kuwukina. Iminota 45 y’igice cya mbere cy’uyu mukino […]

Perezida Kagame yahaye Amavubi impanuro mbere yo guhura na Togo

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, kuri uyu wa Kabiri yaganirije abakinnyi b’ikipe y’igihugu Amavubi bari i Limbé mu gihugu cya Caméroun, abashyikiriza impanuro bagenewe na Perezida wa Repububulika, Paul Kagame. Ni mbere y’umukino wa CHAN wa nyuma wo mu tsinda C Amavubi ahuriramo na Togo. Uyu mukino ikipe y’igihugu irasabwa kuwutsinda ikagera muri 1/4 […]

Tanzania: Perezida Magufuli yababariye abanya-Ethiopia bakabakaba 1,800

Perezida wa Tanzania, Dr Joseph John Pombe Magufuli, yahaye imbabazi abanya-Ethiopia 1 789 bari bafungiye mu gihugu cye bazira kuhinjira mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Perezida Magufuli yafashe umwanzuro wo kubabarira aba baturage ku wa Mbere nyuma y’ibiganiro yagiranye na Perezida wa Ethiopia, Sahle-Work Zewde wari mu ruzinduko rw’umunsi umwe mu gihugu cya Tanzania. Perezida Magufuli […]

Bertrand yavunikiye mu myitozo, bimwambura amahirwe yo gukina na Togo (Amafoto)

img_20210126_075924.jpg

Rutahizamu Iradukunda Jean Bertrand, yavunikiye mu myitozo y’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, bimwambura amahirwe yo gukina umukino wa CHAN u Rwanda ruhuriramo na Togo kuri uyu wa Kabiri. Ku Cyumweru ubwo Amavubi yarimo yitegura umukino ahuriramo na Togo kuri uyu wa Kabiri, Iradukunda Jean Bertrand yaje kugira ikibazo cyo mu ivi nyuma yo kugongana na Eric Rutanga. […]

Mashami Vincent yarahiriye kwataka Togo ku kabi n’akeza

Umutoza w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Mashami Vincent, yarahiriye kwataka Togo mu mukino wa nyuma wo mu tsinda C izahuriramo n’Amavubi ku munsi w’ejo. Amavubi ari ku mwanya wa gatatu mu tsinda n’amanota abiri, arasabwa gutsinda Togo iyarusha inota rimwe ku kabi n’akeza kugira ngo agire amanota atanu azahita ayahesha itike ya 1/4 cy’irangiza. Amavubi ntiyashoboye kwinjiza […]

Bidasubirwaho Frank Lampard yirukanwe na Chelsea

Ikipe ya Chelsea yemeje ko yamaze kwirukana Umwongereza Frank Lampard wari umutoza wayo mukuru, kubera umusaruro mubi. Chelsea ku rubuga rwayo yavuze ko gufata icyemezo cyo kwirukana Lampard atari ibintu byoroshye, gusa igaragaza ko umusaruro yagezeho iri mu biganza we atari wo yari yiteze. Umuherwe wa Chelsea Roman Abramovic yavuze ko “Iki ni icyemezo cyakomereye […]

Ubwuzu ku maso ya Diamond wongeye kubonana n’umwana yabyaranye na Tannasha (Amafoto)

diamondplatnumz_1611573092890140.jpg

Umuhanzi Naseeb Abdul Juma uzwi nka Diamond Platnumz, yagaragaje ubwuzu nyuma yo kongera kubonana na Naseeb Abdul Juma yabyaranye n’Umunyakenyakazi, Tanasha Donna. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Tanasha n’umwana we babonanye n’umuhanzi Diamond, nyuma y’igihe kigera ku mwaka batandukanye. Diamond na Tannasha batandukanye muri Gashyantare umwaka ushize, bitewe n’uko uriya mugore yashinjaga uwahoze […]

Umupolisi wari ucungiye Ndayishimiye umutekano yuzuye umwuka, asaba abantu kwitegura Yesu

Umupolisi w’u Burundi wari ucunze umutekano ahari Perezida Evariste Ndayishimiye, yuzuye umwuka atangira kwigisha abantu abasaba kwihana ibyaha byabo, kugira ngo bazabashe kwakira ‘Yesu uri hafi kugaruka’. Ejo ku Cyumweru Perezida Ndayishimiye yari mu mujyi wa Gitega, aho yari yitabiriye umuhango wo kwimika uwari kumusimbura ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD. Réverien Ndikuriyo wahoze ari […]

Perezida Trump yavuze ibinyoma 30,573 mu gihe yamaze ku butegetsi

Donald Trump mu gihe cy’imyaka ine nka Perezida wa 45 wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, yavuze ibinyoma 30,573 nk’uko byashyizwe ahagaragara n’ikinyamakuru The Washington Post. Iki gitangazamakuru kiri mu bikomeye ku Isi cyavuze ko ibinyoma bya Trump byatangiye kugaragara ku munsi we wa mbere muri White House, bigenda byiyongera umunsi ku wundi ku buryo […]

Abantu barindwi bishwe na COVID-19 mu Rwanda, handura 204

Kuri uyu wa Gatandatu abantu barindwi bishwe na COVID-19 mu Rwanda, 204 barayandura nk’uko bigaragazwa n’imibare ya Minisiteri y’Ubuzima. Abishwe na COVID-19 barimo abagore batatu b’i Kigali, abagabo batatu na bo b’i Kigali ndetse n’undi mugabo w’imyaka 50 w’i Gicumbi. Byatumye abamaze guhitanwa na COVID-19 mu Rwanda bagera ku 172. Abamaze kwandura iki cyorezo bo […]

Shampiyona y’Abataliyani iyoboye izikomeye ku Isi! Dore 10 za mbere

img-20210123-wa0017.jpg

Ishyirahamwe mpuzamahanga ry’ibarurishamibare n’amateka ku mupira w’amaguru (IFFHS), ryashyize shampiyona y’Abataliyani (Serie A) ku mwanya wa mbere muri shampiyona z’umupira w’amaguru zikomeye ku Isi. Urutonde rwashyizwe ahagaragara rwerekana uko shampiyona zikurikirana muri 2021, rushyira Serie A ku mwanya wa mbere nyuma y’imyaka 14 iyi shampiyona idafata uriya mwanya. Shampiyona y’Abataliyani yaherukaga kuyobora Isi hagati ya […]

Larry King wari umunyamakuru w’icyamamare yapfuye

Umunyamerika Lawrence Harvey Zeiger wamamaye mu itangazamakuru nka Larry King, yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu azize icyorezo cya COVID-19. Uyu mukambwe uza ku isonga mu banyamakuru bakunzwe ku gitangazamakuru cya CNN yakoreye imyaka 25, yitabye Imana nyuma y’igihe arwariye mu bitaro by’i Los Angeles ho muri Leta ya California. CNN Larry King yakunzweho mu […]

Umutoza wahesheje Rayon Sports igikombe cya shampiyona aragirwa umutoza wa Simba

Umufaransa Didier Gomes da Rosa wahoze ari umutoza wa Rayon Sports, ni we ugirwa umutoza mukuru wa Simba Sports Club yo mu gihigu cya Tanzania. Uyu mugabo watozaga ikipe ya Al Merrikh SC yo muri Sudani, yerekeje muri Tanzania nyuma yo gutandukana n’iriya kipe asheshe amasezerano. Ubwo twakoraga iyi nkuru amakuru yagaga ko umutoza Gomes […]

Musanze: Uwari waciwe 50,000Frw azira ibigori 2 yagabanyirijwe ibihano

Ayinkamiye Emmerance wo mu murenge wa Remera ho mu karere ka Musanze wari waciwe indishyi ya 50,000Frw azira kwiba ibigori bibiri, yagabanyirijwe ibihano ategekwa kuzatanga 15,000Frw. Ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki ya 21 Mutarama, ni bwo Ayinkamiye yafatiwe mu gishanga cya Mugembe kiri mu mudugudu wa Buhogo, mu kagari ka Murandi; amaze guca […]

RDC: Minisitiri w’Intebe Sylvestre Ilunga yahawe amasaha 24 yo kuba yeguye

Abadepite ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, basinye icyemezo cyo gutakariza ikizere Minisitiri w’Intebe, Sylvestre Ilunga Ilunkamba nk’imwe mu nzira yo gusesa Guverinoma ubundi Perezida Tshisekedi agashyiraho inshya igizwe n’abambari be. Depite Chérubin Okende, yabwiye Reuters ko abadepite 300 muri 500 babarizwa mu nteko ya Congo Kinshasa ari bo basinye icyemezo cyo gutakariza icyizere Minisitiri […]

Rwatubyaye Abdul wavugwaga muri APR FC yabonye ikipe nshya i Burayi

Myugariro w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ Rwatubyaye Abdul, yamaze kubona ikipe yo mu cyiciro cya mbere mu gihugu cya Macedonia yitwa Shkupi FC. Uyu musore wari umaze iminsi mu Rwanda nyuma yo gusoza amasezerano mu ikipe ya Corolado Switchbacks muri Amerika, yanavugwaga mu muri amwe mu makipe akomeye hano mu Rwanda arimo APR FC yazamukiyemo. Radiyo B&B […]

Rutsiro: Umuyobozi w’Ibitaro akurikiranyweho gushaka gusambanya ku ngufu umukozi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye rufunze umuyobozi w’Ibitaro bya Murunda mu karere ka Rutsiro, akurikiranyweho icyaha cy’ubwinjiracyaha mu gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa. Uyu muyobozi witwa Niringiyimana Eugene, afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kivumu mu gihe iperereza rikomeje. Ku wa 22 Mutarama RIB kuri Twitter yavuze ko “yafunze […]

Amavubi yongeye gutaha imitima y’Abanyarwanda bitayasabye gutsinda

Gutwara umutima Umunyarwanda ntibisaba kumuha ibya Mirenge ku Ntenyo, ahubwo bisaba kumukorera akantu gato kamuha ibyishimo ubundi akaguha n’ibyo atunze byose. Amavubi ni urugero rwiza! Nta mikino itatu iyi kipe irakina muri CHAN ikomeje kubera mu gihugu cya Maroc, gusa bike ifite imaze guha Abanyarwanda byatumye bongera kuyizamurira igikundiro. Amavubi y’u Rwanda afite amanota abiri […]

CHAN: Amavubi yakinaga nk’indwanyi yanganyije na Maroc

Umukino wa kabiri wo mu tsinda C Amavubi yakinagamo n’Ikipe y’Igihugu ya Maroc muri CHAN ikomeje kubera muri Caméroun, urangiye amakipe yombi aguye miswi 0-0. Igice cya mbere cy’uyu mukino cyaranzwe n’amakosa menshi ku ruhande rw’Amavubi, cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0, gusa abasore b’Amavubi bakinnye nk’indwanyi umukino wa Uganda ni na ko bitwaye uyu munsi. […]

Igisirikare cya RDC cyafashe abaheruka kwivugana Col Vita Kitambala

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyatangaje ko cyataye muri yombi bamwe mu bakekwaho kugira uruhare mu iyicwa rya Col Vita Kitambala, uheruka kwicirwa mu rukiko rwo muri Beni ho muri Kivu y’Amajyaruguru. Uyu musirikare uri ku rwego rwa Ofisiye yishwe mu cyumweru gishize. Amakuru y’ifatwa rya bariya bicanyi yemejejwe na Lt Antony […]

Burundi: Ntihavugwa rumwe ku waba warishe umuhanzi Thierry Kubwimana

Polisi y’u Burundi iheruka kwereka itangazamakuru abagabo batatu n’umugore umwe, bakekwaho kugira uruhare mu iyicwa rya Thierry Kubwimana uri mu bahanzi bari bakunzwe i Burundi. Mu ijoro ryo ku wa 24 rishyira iya 25 Ugushyingo Umwaka ushize, ni bwo Kubwimana yiciwe mu cyumba cye mu gace ka Musaga i Bujumbura. Ku wa Gatatu ni bwo […]

Musanze: Yaciwe indishyi ya 50,000Rwf azira kwiba ibigori bibiri

img-20210121-wa0029.jpg

Umukecuru witwa Ayinkamiye Emmerance wo mu mudugudu wa Karuruma ho mu kagari ka Murandi mu murenge wa Remera w’Akarere ka Musanze, yaciwe indishyi z’abarirwa muri 50,000Rwf azira kwiba ibigori bibiri. Ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki ya 21 Mutarama ni bwo Ayinkamiye yafashwe amaze guca ibigori bibiri muri umwe mu mirima y’ibigori uherereye mu […]

Dr José Chameleone yakubiswe incuro mu matora ya Meya wa Kampala

Umuhanzi Joseph Mayanja wamamaye mu muziki wa Uganda nka Dr José Chameleone, yatashye amara masa mu matora ya ba Mayors b’imijyi yahatanagamo nyuma yo gutsindwa arushwa cyane. Chameleone yari mu bakandida 11 bahataniraga umwanya wo kuba Meya w’Umujyi wa Kampala usanzwe ari Umurwa Mukuru wa Uganda. Ni umwanya yari ahataniye n’abarimo umuhanzi Ragga Dee cyo […]

Umusirikare w’u Rwanda uheruka kwicirwa muri Centrafrique yahawe umudari w’icyubahiro

Abasirikare barimo uw’u Rwanda baheruka kwicirwa mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repububulika ya Centrafrique, basezeweho bwa nyuma banahabwa imidari y’icyubahiro. Sgt Nsabimana Jean d’Amour wo mu ngabo z’u Rwanda yaguye mu gitero cy’imitwe y’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Centrafrique ku mugoroba w’itariki ya 13 Mutarama. Nyuma y’iminsi ibiri hapfuye Cplc Prosper Ndikumana, wo […]

Cristiano Ronaldo yabaye umukinnyi wa mbere watsinze ibitego byinshi mu mateka

Rutahizamu Cristiano Ronaldo wa Juventus yo mu Butaliyani, yaraye abaye umukinnyi wa mbere ku Isi watsinze ibitego byinshi mu mateka y’umupira w’amaguru, anafasha ikipe ye kwegukana Super Coupe y’Ubutaliyani. Juventus ya Cristiano yari yahuye na Napoli mu mukino wa Super Coupe, iyitwara igikombe iyitsinze ibitego 2-0. Cristiano Ronaldo ni we wafunguye amazamu ku munota wa […]

Joe Biden na Kamala Harris barahiriye kuyobora Amerika (Amafoto)

img_20210120_200632.jpg

Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden na Visi-Perezida we Kamala Harris, barahiriye kuyobora Leta zunze ubumwe za Amerika mu muhango wabereye i Washington. Umuhango w’irahira ry’abayobozi bashya ba Leta zunze ubumwe za Amerika witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye, barimo abayoboye kiriya gihugu nka Barack Obama, George W. Bush na Bill Clinton. Perezida ucyuye igihe […]

Perezida Trump yashinguye ikirenge bwa nyuma kuri White House (Amafoto)

donald_trump_leaves_white_house_for_last_time_ap_photos_1611150570__rend_4_3.jpg

Perezida Donald Trump yasohotse muri White House bwa nyuma nka Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, mbere y’amasaha make ngo Joe Biden arahirire kuyobora kiriya gihugu. Perezida Trump yafatiye indege ku kibuga cya Andrews base kiri kuri White House aherekejwe na Melania we, mbere yo kwerekeza iwe muri Leta ya Florida muri kajugujugu ya […]

Ibibazo byo mu buriri ntacyo nabivugaho_Diamond asubiza uwari umubajije se

Umuhanzi Naseeb Abdul Juma ukunzwe mu muziki wa Tanzania nka Diamond Platnumz, yavuze ko ntacyo yatangaza ku bijyanye n’ibibazo byo mu buriri; ubwo yabazwaga amakuru yerekeye se umubyara. Kuva mu cyumweru gishize urujijo rukomeje kuba rwinshi ku bakunzi b’umuhanzi Diamond, nyuma y’uko nyina umubyara atangaje ko Mzee Abdul wari uzwi nka se atari we mubyeyi […]

Nyaruguru: Urujijo ku rupfu rw’umugabo bivugwa ko yakubiswe imigeri mu nda

fb_img_16111464519801346.jpg

Urupfu rw’umugabo witwa Nsanzumuhire Innocent bahimbaga “Gasongo”, w’imyaka 50, wari utuye mu Mudugudu wa Nyarusovu, Akagari ka Mubuga, Umurenge wa Kibeho, Akarere ka Nyaruguru rwabaye mu gitondo cyo ku wa 11 Mutarama 2021, bivugwa ko yari yangiritse impyiko n’izindi nyama zo mu nda kubera imigeri, rukomeje guteza urujijo. Umugore wa nyakwigendera witwa Sarah Mundanikure, avuga […]

CHAN: KNC yemereye Amavubi akayabo ngo azatsinde Maroc

Umuyobozi w’ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles (KNC), yemereye ishimwe ringanga na $100 buri mukinnyi n’abagize staff y’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, mu gihe baba batsinze umukino wa CHAN bazahuriramo na Maroc. KNC yiyemeje uriya muhigo kuri uyu wa Gatatu, mu kiganiro Rirarashe gitambuka kuri TV na Radio1. Yagize ati “Gutsinda Maroc buri mukinnyi ni idolari […]

Ivuguruye: Ishimwe Kevin yatijwe na APR FC muri Kiyovu Sports

Ikipe ya Kiyovu Sports kuri uyu wa Gatatu, yatangaje ko yamaze gutizwa rutahizamu Ishimwe Kevin umaze igihe adakoreshwa na APR FC, nyuma yo gushwana n’umutoza wayo mukuru Mu Ukwakira umwaka ushize ni bwo Kevin yari yahagaritswe na APR FC yiteguraga CAF Champions league mu gihe kitazwi, azira imyitwarire mibi ahanini yaturutse ku gushwana n’umutoza Mohammed […]

Trump yababariye abarimo Lil Wayne ku munsi we wa nyuma nka Perezida wa Amerika

Donald Trump usoza manda ye kuri uyu wa Gatatu nka Perezida wa 45 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahaye imbabazi abarimo umuraperi Lil Wayne mbere yo gusezera avuga ko yakoze ibyari byaramuzanye. Kuri uyu wa Gatatu Saa sita z’amanywa i Washington (saa moya zo mu Rwanda) ni bwo Joe Biden ararahirira kuba Perezida wa […]

Amerika na yo yashyizwe mu bashatse kudobya amatora yo muri Uganda

Leta ya Uganda yashinje Leta zunze Ubumwe za Amerika kugerageza kwivanga mu matora aheruka kuba muri kiriya gihugu, nyuma y’uko Ambasaderi wa Amerika muri Uganda agerageje gusura Bobi Wine iwe mu rugo agakumirwa n’abasirikare. Kuva ku wa Kane w’icyumweru gishize urugo rwa Bobi Wine rwagoswe n’abashinzwe umutekano, ndetse uyu munya-Politiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda […]

Perezida Kagame yahawe igihembo ku bw’umuhate we mu ishyirwaho rya AFCAFRA

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yahawe igihembo ku bw’umuhate yagize mu gushyira mu bikorwa no gutangiza Isoko Rusange ry’Umuryango wa Afurika (AFCFTA). Ku wa Gatanu w’icyumeru gishize ni bwo Perezida Kagame yahawe kiriya gihembo na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere ari kumwe n’abandi bayobozi 11, kubera uruhare bagize mu rugendo rwo gushyiraho AfCFTA. Perezida Kagame yahembewe […]

Museveni yashinje u Rwanda gushaka kudobya amatora ya Uganda

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yongeye gushyira u Rwanda mu majwi arushinja kugerageza kudobya amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko yabaye mu Cyumweru gishize. Ku wa Gatandatu ushize ni bwo Komisiyo y’Amatora muri Uganda yemeje ko Museveni yongeye gutorerwa kuyobora kiriya gihugu muri manda ya gatandatu, nyuma yo gutsinda Bobi Wine bari bahanganye […]

Nziyambaza inkiko_Bobi Wine uvuga ko amajwi ye yibwe

Robert Ssentamu Kyagulanyi (Bobi Wine) uheruka gutsindwa mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, aravuga ko aziyambaza inkiko mu kurwanya icyemezo cya Komisiyo y’amatora ivuga ko Museveni ari we watsinze. Mu kiganiro kihariye na Daily Monitor, Kyagulanyi yavuze ko uretse kuba leta ya Uganda yari yarakuyeho Internet, itsinda rye rifite ibimenyetso simusiga by’uko amajwi Komisiyo y’Amatora […]

Abapolisi batanu ba RDC bishwe n’inyeshyamba

Abapolisi batanu ba Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bishwe n’abitwaje intwaro mu gace ka Batwa Kadimba ho mu ntara ya Kasai. Umuyobozi wa Teritwari ya Batwa Kadimba bariya bapolisi biciwemo, Franklin Pongo, yabwiye ikinyamakuru Actualité ko bariya bapolisi bishwe nyuma y’igitero inyeshyamba zari zifite intwaro ziremereye zabagabyeho. Franklin Pongo yakomeje avuga ko inyeshyamba zivuganye bariya […]

CHAN: Rwabuze gica hagati y’Amavubi y’u Rwanda n’Imisambi ya Uganda

img_20210118_231335.jpg

Umukino w’irushanwa rya CHAN 2020 riri kubera muri Caméroun wahuzaga Amavubi y’u Rwanda n’Imisambi ya Uganda, urangiye amakipe yombi aguye muswi 0-0. Aya makipe yombi yari yahuriye mu mukino wo mu tsinda C wari wavuzwe cyane mu itangazamakuru mbere yo kuba. Uganda yarushije u Rwanda ibijyanye no guhererekanya umupira, gusa abasore n’umutoza Mashami Vincent na […]

Perezida Kagame ari mu nama n’Abaminisitiri bifashishije ikoranabuhanga (Amafoto)

img_20210118_180321.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, muri aya masaha ayoboye Inama y’Abaminisitiri ishobora gufatirwamo izindi ngamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19. Bitandukanye n’inama zari zisanzwe, inama yo kuri uyu wa Mbere iri kuba hifashishijwe ikoranabuhanga nk’uko ibiro by’Umukuru w’igihugu byabitangaje. Ubutumwa buri kuri Twitter y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu buvuga ko: “Perezida Kagame kuri ubu ayoboye Inama y’Abaminisitiri […]

Uganda: Kera kabaye Interineti yongeye gukora nyuma y’iminsi bari mu icuraburindi

Abanya-Uganda kuri uyu wa Mbere bongeye gukoresha itumanaho rya Interineti (Internet), nyuma y’iminsi ine ryarahagaritswe kubera amatora y’Umukuru w’igihugu n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko. Interineti muri Uganda yakuweho mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 13 Mutarama, habura amasaha make ngo abaturage babyukire mu matora. Kuva ku munsi w’amatora kugeza mu gitondo cyo kuri uyu […]