Ghana: Minisitiri w’Ingabo n’uw’Ibidukikije bapfuye

Minisitiri w’Ingabo za Ghana ndetse n’uw’Ibidukikije, bari mu bantu umunani bapfuye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Kanama baguye mu mpanuka ya kajugujugu. Aba ba Minisitiri bombi bapfanye n’abandi bayobozi batatu ndetse n’abasirikare batatu bo mu ngabo za Ghana zirwanira mu kirere bakoraga muri iriya ndege. Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida John Mahama wa Ghana, […]
Goma: Umukwabu wa M23 wafatiwemo abatari bake bakekwaho kuba ibyitso bya FARDC na FDLR

Amakuru aturuka mu mujyi wa Goma aravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Kanama, inzego z’umutekano za M23 zahakoreye umukwabu wasize hafashwe abatari bake bakekwaho guteza umutekano muke. Abafashwe biganjemo insoresore bafatiwe mu gace ka Mabanga, mu majyepfo ya Komine ya Karisimbi. Ni ku nshuro ya gatandatu M23 yari ikoreye […]
Rwatubyaye wari waraburiwe irengero yagaragaye mu matware y’Abatalibani

Myugariro Rwatubyaye Abdul wari umaze igihe asa n’uwaburiwe irengero, yamaze kwerekeza mu ikipe ya Abu Muslim Farah Football Club yo muri Afghanistan. Uyu musore usanzwe akinira Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yemeje ko ari umukinnyi w’iyi kipe biciye mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Instagram. Ni ubutumwa bwari buherekeje amafoto yashyize kuri ruriya rubuga, arimo […]
Perezida Kagame yatashye ubukwe bw’umuhungu wa Minisitiri Dr. Biruta (Amafoto)

Perezida Paul Kagame ari mu bashyitsi b’imena batashye ubukwe bwa Sous-Lieutenant Edmond Biruta, umusirikare mu ngabo z’u Rwanda akanaba umuhungu wa Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta. Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo Sous-Lieutenant Biruta yashyingiranwe n’umukunzi we, Bwiza Samantha, mu birori bibereye ijisho byitabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye. Amafoto n’amashusho atandukanye yerekana Perezida Paul […]
Ndayishimiye yagabanyije Abaminisitiri bari bagize Guverinoma y’u Burundi

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, ku wa Kabiri tariki ya 5 Kanama yashyizeho Guverinoma nshya izaba iyobowe na Minisitiri w’Intebe mushya, Nestor Ntahontuye. Guverinoma nshya Ndayishimiye yashyizeho igizwe n’Abaminisitiri 13, ikaba yasimbuye iyacyuye igihe yari igizwe n’Abaminisitiri 15. Muri Minisiteri Ndayishimiye yakuyeho harimo ishinzwe ubucuruzi yafashe icyemezo cyo gukurikirana ku giti cye. Guverinoma nshya Perezida […]
Amerika yasabye abaturage bayo kwirinda ibihugu 21 birimo RDC

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye abaturage bazo kwirinda gukorera ingendo mu bihugu 21 byo hirya no hino ku Isi, mu rwego rwo kwirinda ibyago bashobora guhura na byo. Amerika biciye mu ishami ryayo rishinzwe ibikorwa byayo bya dipolomasi mu mahanga, yagaragaje ko yashyize biriya bihugu ku rwego rwa kane mu bijyanye n’ingendo. Uru rwego […]
Ba Ofisiye 2 ba RDF bafunganwe n’abasivile 20

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyatangaje ko hari abasirikare babiri bacyo bo ku rwego rwa ba Ofisiye ndetse n’abasivile 20 bafunzwe, bakaba bakurikiranweho n’ubutabera ibyaha bitandukanye. RDF yemeje aya makuru biciye mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Kanama. Yagize iti: “Ubuyobozi bwa RDF buramenyesha ko Ubushinjacyaha bwa gisirikare bukurikiranye mu butabera ofisiye […]
Ndayishimiye yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yagize Nestor Ntahontuye Minisitiri w’Intebe mushya wa kiriya gihugu. Ntahontuye kuva mu Ukuboza 2024 yari asanzwe ari Minisitiri w’Imari mu Burundi. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Kanama 2025 ni bwo yemejwe n’imitwe yombi igize Inteko Ishinga Amategeko. Ntahontuye yasimbuye kuri ziriya nshingano Lt. Gén de Police Gervais Ndirakobuca […]
Burundi: Gen. Ndakugarika wari Minisitiri w’Intebe yatorewe inshingano nshya

Lieutenant-Général de Police (Rtd) Gervais Ndirakobuca wari usanzwe ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Kanama yatorewe kuba Perezida wa Sena y’iki gihugu. Gen. Ndirakobuca bakunda kwita Ndakugarika, yatorewe mu matora yabereye ku cyicaro gikuru cya Sena y’u Burundi mu mujyi wa Gitega. Yatowe ku majwi 100% bijyanye no kuba […]
Bucura bwa Perezida Kagame mu mwambaro wa RDF nyuma yo kuyinjiramo

Umuhungu wa Perezida Paul Kagame akanaba bucura bwe, Sous-Lieutenant Brian Kagame, yagaragaye mu mwambaro w’ibirori uranga abasirikare bo ku rwego rw’aba Ofisiye mu ngabo z’u Rwanda nyuma yo kuzinjiramo. Ifoto y’uyu musore yambaye uriya mwambaro imaze umunsi umwe ihererekanwa ku mbuga nkoranyambaga. Ni ifoto bigaragara ko yafashwe ubwo Sous-Lieutenant Kagame yari yitabiriye ubukwe bw’umwe muri […]
Uwahoze ari rutahizamu wa APR FC muri Rayon Sports

Rutahizamu Yves Mugunga wahoze muri APR FC mbere yo guca no mu makipe ya Kiyovu Sports na Gorilla FC, ari mu muryango winjira muri Rayon Sports. Amakuru avuga ko nta gihindutse Mugunga Yves asinyira Murera kuri uyu wa Kabiri. Mugunga Yves w’imyaka 29 y’amavuko, mu mwaka ushize ni bwo yari yerekeje mu kipe ya Al-Selmiyah […]
Ni ibiki Gen. Makenga yavugiye mu nama ikomeye yayoboreye i Goma?

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, Gen. Sultani Makenga, ku wa Mbere tariki ya 4 Kanama yayoboye inama yo mu rwego rwo hejuru yahuje abayobozi batandukanye bo muri uriya mutwe. Ni inama yabereye mu mujyi wa Goma yitabirwa n’abayobozi barimo Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Erasto Bahati Musanga, ba Guverineri bamwungirije, Meya w’Umujyi wa Goma, […]
U Rwanda rugiye kwakira abimukira barenga 250 bo kwa Trump

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko yamaze kugera ku bwumvikane na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwo kwakira abimukira ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump buteganya kwirukana ku butaka bwa kiriya gihugu. Muri Kamena uyu mwaka ni bwo ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano yemerera u Rwanda kwakira abimukira babarirwa muri 250, akaba ari amasezerano yashyiriweho umukono […]
RDF yaba yaragize uruhare mu guhana imfungwa z’intambara hagati ya FDNB na M23

Igisirikare cy’u Burundi na M23 mu kwezi gushize byahanye imfungwa z’intambara zibarirwa muri 20 kuri buri ruhande, mu gikorwa bivugwa ko cyagizwemo uruhare n’ingabo z’u Rwanda. Amakuru avuga ko guhana izi mfungwa byabereye ku mupaka wa Gasenyi-Nemba uhuza u Burundi n’u Rwanda, ku wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga 2025. Yaba RDF, M23 cyangwa Igisirikare […]
Amerika yahagaritse gutanga Viza ku Barundi

Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Kanama, zatangaje ko zamaze guhagarika by’agateganyo gutanga viza ku benegihugu b’u Burundi. Amerika yabitangaje biciye muri Ambasade yayo i Bujumbura. Itangazo iyi Ambasade yanyujije ku rubuga rwayo rwa X, rivuga ko kiriya cyemezo cyafashwe bitewe n’uko Abarundi bari bamaze igihe bica amategeko ajyanye […]
Reagan icyaha nikimuhama azahanwa: Ruvuyanga wa Radiyo Rwanda

Radiyo Rwanda biciye mu banyamakuru bayo bakora ikiganiro ‘Urubuga rw’Imikino’ bwa mbere yemeje ko umunyamakuru Rugaju Reagan uri mu bagikoraga afunzwe n’ubutabera bwa gisirikare akekwaho amakosa afitanye isano n’amafaranga ya APR FC yanyerejwe mu mwaka ushize w’imikino. Rugaju watawe muri yombi ku wa Kane w’icyumweru gishize, ari mu bantu bafunzwe bakekwaho kuba bafite aho […]
Indagu za Bacca ku ikipe abona izatwara ‘Super Cup’ hagati ya Rayon Sports na APR FC

Kwitonda Alain ‘Bacca’ wahoze akinira APR FC, yatangaje ko abona iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu ari yo izegukana igikombe cya Super Cup 2025 izahatanamo na Rayon Sports. Uyu musore yabitangaje nyuma y’umukino wa gicuti Police FC asigaye akinira yatsinzemo APR FC ibitego 2-1, mu mukino wa gicuti wabaye ejo ku Cyumweru. Bacca ubwo yabazwaga n’abanyamakuru ikipe […]
Gen. Muhoozi yahaye imbabazi Gen. Tinyefuza

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akanaba imfura ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko yamaze kwiyunga na Gen. (Rtd) David Sejusa Tinyefuza yakunze gushinja ubugambanyi. Gen. Muhoozi abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yatangaje ko yamaze kubabarira uriya Jenerali wigeze kuba umukuru w’ubutasi bwa Uganda ndetse ko azahura na we mu byumweru […]
Perezida Kagame yakiriye ba Musenyeri barimo Cardinal Ambongo wa Kinshasa

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Kanama, yakiriye muri Village Urugwiro ba Musenyeri bagize Ihuriro ry’Inama y’Abepisikopi muri Afurika na Madagascar (SECAM). Aba bashumba barimo uwa Diyosezi Gatolika ya Kinshasa, Cardinal Flidorin Ambongo ari na we uyobora ririya huriro, bari i Kigali aho bitabiriye inama ya SECAM iri kubera mu Rwanda […]
Hamenyekanye aho Matata Ponyo wari waraburiwe irengero aherereye

Ishyaka Leadership et Gouvernance pour le Développement (LGD) rya Matata Ponyo wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ari mu buhungiro nyuma y’amezi abiri yaraburiwe irengero. Matata Ponyo Mapon wabaye Minisitiri wa RDC hagati ya 2012 na 2016, yaburiwe irengero muri Gicurasi uyu mwaka nyuma y’amasaha make Urukiko Rushinzwe kurinda […]
Umwuka w’intambara ukomeje gututumba hagati ya Amerika n’u Burusiya

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yamaze gutegeka ko amato abiri akoreshwa n’ingufu za nucléaire agendera munsi y’inyanja ashyirwa “ahantu hakwiye”, mu rwego rwo gusubiza “ku magambo y’ubushotoranyi” ya Dmitry Medvedev wahoze ari Perezida w’u Burusiya. Trump yavuze ko yahisemo gusubiza, “mu gihe ariya magambo y’ubupfapfa no gutwika yaba arenze […]
U Rwanda na RDC byateye intambwe iganisha ku gufatanya mu by’ubukungu

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byashyize umukono ku nyandiko y’amahame y’imikorere ku kwishyira hamwe k’ubukungu bw’akarere, nyuma y’amasezerano y’amahoro ibihugu byombi biheruka gusinyana. Inyandiko y’ariya mahame yashyiriweho umukono i Washington DC ku wa Gatanu tariki ya 1 Kanama 2025. Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe […]
Protais Mitali wigeze kuba Minisitiri mu Rwanda yapfuye

Protais Mitali wakoze imirimo itandukanye muri Guverinoma y’u Rwanda irimo kuba Minisitiri w’Umuco na Siporo, yapfuye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Kanama 2025. Mitali yaguye mu Bubiligi aho yari amaze imyaka 10 yarahungiye. Protais Mitali yabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo kugeza muri 2014, ubwo yahindurirwaga imirimo akagirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia. Usibye […]
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yamaganye yivuye inyuma ibirego bya Vital Kamerhe

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yatangaje ko yamaganye yivuye inyuma ibirego bidafite ishingiro Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC, Vital Kamerhe yashyize ku Rwanda, ubwo yari i Genève mu Busuwisi. Ku wa 30 Nyakanga ubwo Kamerhe yari mu nama ya gatandatu ihuza ba Perezida b’Inteko Zishinga Amategeko ku Isi, yikomye u Rwanda, agaragaza ko igihugu […]
Green Party yifatanyije n’abanya-Gatsibo kwizihiza Umuganura

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, DGPR, kuri uyu munsi w’umuganura ryakomereje ibikorwa byaryo rimaze igihe ryarasubukuye mu karere ka Gatsibo; aho ryakoreye inama rikanaha amahugurwa abarwanashyaka baryo. Aha i Gatsibo hanatorewe inzego z’ishyaka, zirimo Komite y’ishyaka ku rwego rw’akarere, iy’urubyiruko ndetse n’iy’abagore. Umuyobozi wa Green Party, Dr. Frank Habineza, yavuze ko mu […]
Umunyamakuru Ishimwe Ricard na we yafunzwe

Umunyamakuru Ishimwe Ricard ‘Umutasi’ ukorera Radiyo ya SK FM, yiyongereye ku bantu bafunzwe bazira amafaranga batanzweho ubwo bajyaga kureba umukino wa APR FC na Pyramids FC yo mu Misiri. Ishimwe Ricard yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano ku wa Kane tariki ya 31 Nyakanga. Umuyobozi wa SK FM, Sam Karenzi yatangaje ko ejo ku wa Kane […]
AFC/M23 igiye gushyiraho inzego zayo z’ubutabera

Umutwe wa AFC/M23 ugiye gushyira mu bice byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ugenzura inzego nshya z’ubutabera zibangikanye n’iza Leta y’i Kinshasa. Muri iki cyumweru abayobozi ba ririya huriro barimo Corneille Nangaa, Gen. Sultani Makenga, Bertrand Bisimwa na Gen. Bernard Byamungu bahuriye mu nama yari igamije gusuzuma ibyo raporo ya Komisiyo yashyizweho […]
Twirwaneho yafashe mpiri abasirikare benshi b’u Burundi

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho uri mu yigize Ihuriro Alliance Fleuve Congo rirwanya ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, watangaje ko wafashe mpiri abasirikare benshi barimo abo mu ngabo za kiriya gihugu n’u Burundi. Twirwaneho mu itangazo yasohoye ku wa 30 Nyakanga, yavuze ko bariya basirikare yabafatiye mu mirwano mu bihe […]
Burundi : Abadepite basabwe kwiga icyongereza

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi, Gelase Daniel Ndabirabe, yasabiye abadepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu kwiga Icyongereza, kugira ngo bazajye babasha gusobanukirwa ibyavugiwe mu nama mpuzamahanga bazajya bitabira. Ndabirabe yabigarutseho ku wa Kane tariki ya 31 Nyakanga, nyuma y’uko yari amaze kongera gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko mu myaka itanu iri imbere n’amajwi […]
FARDC yategetse ingabo zayo kudatera M23

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyahaye ingabo zacyo n’abazifasha ku rugamba amabwiriza yo kutagaba ibitero ku mutwe wa AFC/M23. Ni amabwiriza ubuyobozi bw’akarere ka gatatu ka gisirikare k’ingabo za RDC katanze ku wa 25 Nyakanga 2025, akaba ajyanye n’ibiganiro bya Doha Kinshasa na AFC/M23 bamaze igihe bagirana. Umuyobozi wa kariya karere ka gisirikare, […]
RURA yihanangirije MTN inayifatira ibihano

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko rwihanangirije Sosiyete y’Itumanaho ya MTN runayifatira ibihano byo mu rwego rw’ubutegetsi, kubera ibibazo bimaze iminsi bigaragara muri serivisi zayo. Abakoresha umurongo wa MTN bamaze iminsi bagaragaza ko babangamiwe n’ibibazo bamaze iminsi bahura na byo, birimo ibijyanye na serivisi zo guhamagara, ubutumwa bugufi na Mobile Money. Iyi Sosiyete mu butumwa yanyujije […]
UNJHRO irashinja M23 kwica abahinzi 169 ibita FDLR

Umuryango w’Abibumbye biciye mu biro byawo bishinzwe uburenganzira bwa muntu (UNJHRO), washinje umutwe wa M23 kuba muri uku kwezi kwa Nyakanga warishe abaturage b’abahinzi 169 bo muri Teritwari ya Rutshuru, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Raporo ya biriya biro ivuga ko ibikorwa M23 yiciyemo bariya baturage byatangiye ku wa 9 Nyakanga 2025. Ivuga kandi ko […]
Abarimo umunyamakuru Rugaju Reagan baba bafunzwe

Abantu batatu barimo umunyamakuru Ndayishimiye Rugaju Reagan ukorera Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), biravugwa ko bafunzwe bakekwaho kunyereza amafaranga ya APR FC. Amakuru aravuga ko Rugaju Reagan yatawe muri yombi hamwe na Kalisa Georgine wahoze ashinzwe umutungo muri APR FC cyo kimwe na Mugisha Frank ‘Jangwani’ usanzwe ari umuvugizi w’abafana ba APR FC. Uko ari batatu […]
M23 yavuye imuzi impamvu zerekana ko Kinshasa iri gutegura intambara karahabutaka

Umutwe wa AFC/M23 wamaganye wivuye inyuma Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uvuga ko ikomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, nyamara impande zombi zaremeranyije gutanga agahenge. M23 yamaganye ubu bushotoranyi biciye mu itangazo ryasohowe n’umuvugizi wayo, Lawrence Kanyuka. AFC/M23 irashinja Leta ya RDC no gukomeza gushoza intambara, mu gihe ku wa 19 Nyakanga impande zombi zasinyiye i […]
Jenerali w’igicupuri wa UPDF yatawe muri yombi

Inzego z’umutekano za Uganda zataye muri yombi umugabo wiyitaga Jenerali mu ngabo z’iki gihugu akarya abashoramari b’abanyamahanga za miliyari z’amashiringi. Amakuru y’itabwa muri yombi ry’uyu mugabo wiyitaga ‘Jenerali Issa’ yemejwe n’Umuvugizi w’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Lt. Col. Chris Magezi. Magezi abinyujije ku rubuga rwe rwa X yise uriya mugabo “umutekamutwe ruharwa” ugomba gushyikirizwa ubushinjacyaha […]
Tanzania yafatiye ingamba zikakaye abarimo Abanyarwanda

Leta ya Tanzania yashyizeho amabwiriza abuza abanyamahanga bose gukorera ubucuruzi buciriritse ku butaka bwa kiriya gihugu. Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’iki gihugu, Selemani Saidi Jafo, ni we washyizeho ariya mabwiriza. Muri aya mabwiriza yo ku wa 25 Nyakanga 2025, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ya Tanzania yakumiriye abantu bose batari abenegihugu kugira uruhare byibura mu nzego 15 z’ubukungu. […]
Perezida Patrice Talon ntakozwa ibyo kwiyamamariza manda ya 3

Perezida Patrice Talon wa Bénin, yeruye ko nta gahunda afite yo kwiyamamariza gukomeza kuyobora iki gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika muri manda ya gatatu. Talon ku wa 28 Nyakanga ubwo yarimo aganira n’urubyiruko rwo mu gihugu cye, yeruye ko nta muntu n’umwe uzamuzirikira mu mufariso wo muri Perezidansi ya Bénin. Ibinyamakuru bitandukanye byamusubiyemo agira […]
Chidiebere byananiye muri APR FC yabonye yongeye kubona ikipe

Ikipe ya Enugu Rangers yo muri Nigeria, yasinyishije Chidiebere Nwobodo Johnson umaze amezi make atandukanye na APR FC. Chidiebere yasinyiye iriya kipe y’iwabo kuyikinira mu myaka ibiri iri imbere. Enugu Rangers ni yo yemeje amakuru y’uko uriya mukinnyi ibyangombwa bye byerekana ko afite imyaka 21 y’amavuko yayisinyiye, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo ku […]
Perezida Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru ba Jenerali 9 ba RDF

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru ba Ofisiye Jenerali icyenda n’abandi basirikare batandukanye barenga 1,000. Abashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru nk’uko RDF yabitangaje, barimo Maj. Gen Andrew Kagame wari usanzwe ari Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere y’Ingabo z’u Rwanda na Maj. Gen Wilson Gumisiriza wari usanzwe ayobora Diviziyo […]
Gicumbi: Abanyeshuri benshi ba UTAB bakomeretse kubera umutingito

Abanyeshuri 14 biga muri Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba (UTAB) iherereye mu karere ka Gicumbi, bakomeretse nyuma y’igikuba cyatewe n’umutingito wumvikanye mu bice bitandukanye by’igihugu. Saa 15:38 zo ku wa Mbere tariki ya 28 Nyakanga ni bwo uriya mutingito wumvikanye mu bice bitandukanye by’u Rwanda ndetse no mu bihugu nk’u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi […]
Perezida wa Rayon Sports yanenze imikinire y’ikipe ye

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, yagaragaje ko atanyuzwe n’imikinire iyi kipe iri kugaragaza muri iyi minsi. Perezida Thadée yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki ya 29 Nyakanga, mu kiganiro yagiranye na Radio & TV10. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’iminsi ibiri Rayon Sports inyagiye AS Muhanga ibitego 4-0, mu mukino wa gicuti wabaye mu mpera […]
AFC yigaruriye utundi duce muri Masisi

Umutwe wa AFC/M23 ukomeje kurwanira n’Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Masisi, ku wa Mbere wigaruriye uduce dushya two muri iriya Teritwari iri mu zigize intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ni uduce turimo aka Ngululu na Ndete twombi two muri Groupement ya Nyamaboko ya mbere. Utu duce twombi uriya mutwe watwigaruriye […]
AFC/M23 na Kinshasa bafashwe na nyirantarengwa bihaye

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 29 Nyakanga ni bwo igihe ntarengwa umutwe wa AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bihaye ngo babe bamaze gushyira mu bikorwa ibyo bemeranyirije i Doha muri Qatar kirangira. Ku wa Gatandatu tariki ya 19 Nyakanga ni bwo impande zombi zashyize umukono ku nyandiko y’amahame y’ibanze aganisha […]
Abasirikare barimo Maj. Gen. Gumisiriza basezerewe muri RDF

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) ku wa Mbere tariki ya 28 Nyakanga cyazezeye ku nshuro ya 13 ku basirikare bacyo bageze mu gihe cyo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru ndetse n’abarangije amasezerano y’akazi; mu rwego rwo kubashimira ku bw’akazi gakomeye bakoreye igihugu. Abasezerewe nk’uko RDF yabitangaje barimo ba Ofisiye bo ku rwego rwa ba Jenerali, ba Ofisiye […]
FNLC ya Col. Kaina yarakajwe cyane n’igitero ADF yiciyemo abarenga 50

Umutwe wa FNLC uyobowe na Colonel Innocent Kiana wahoze mu basirikare bakuru b’umutwe wa M23, wamaganye wivuye inyuma ubwicanyi imitwe ya ADF na CODECO ikomeje gukorera abanye-Congo bo mu ntara ya Ituri. Uyu mutwe wagaragaje ubu burakari nyuma y’igitero ADF iheruka kwiciramo abantu babarirwa muri 50 bo mujyi wa Bunia, muri Teritwari ya Irumu. Ni […]
M23 yahishuye umubare w’abasirikare ba Leta imaze kurekura

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko umaze kurekura abasirikare barenga 12,000 bari mu barwanaga ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Imibare itangwa na Guverineri wungirije wa Kivu y’Amajyaruguru, Ngarambe Manzi Willy, yerekana ko mu bo AFC/M23 yarekuye nk’imfungwa zo ku ruhande rwa Leta yari ifite harimo abacanshuro babarirwa mu 3,000 b’abanya-Roumania babaga […]
FDNB yigaramye guha FDLR imyitozo n’intwaro

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB), cyahakanye cyivuye inyuma amakuru agishinja guha abarwanyi b’umutwe wa FDLR imyitozo ya gisirikare n’intwaro; mbere yo kubohereza kwica Abanyamulenge bo mu misozi miremire ya Uvira na Fizi. Umutwe wa MRDP-Twirwaneho ukorera mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo ho mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni wo uheruka gutangaza ariya makuru. […]
Masisi: M23 yakubise umwanzi, yigarurira agace k’ingenzi

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu wigaruriye agace ka Showa ko muri Teritwari ya Masisi, nyuma yo kukirukanamo umwanzi wawo bari bahanganye. M23 yafashe Showa nyuma yo kuhirukana ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bari bahanganye ryiganjemo inyeshyamba zo mu mutwe wa APCLS wa Janvier Karairi. Ejo ku wa Gatanu impande zombi zari zarwaniye […]
Icyicaro Gikuru cya EAGF kigiye kuva muri Uganda kize mu Rwanda

Amashyaka afite amahame mu kurengera ibidukikije yo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAGF), yemeje ko Icyicaro Gikuru cyayo cyabaga muri Uganda cyihavanwa kikimurirwa mu Rwanda. EAGF yabyemereje mu nama yayo izwi nka Eastern African Greens Congress iri kubera i Kigali. Iyi nama y’iminsi ibiri yitabiriwe n’amashyaka ya Green Parties yo mu bihugu by’u […]
Tshisekedi umaze iminsi yikanga coup d’état yafatiye ingamba ba Jenerali ba FARDC

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyamenyenyesheje abasirikare bakuru bose n’abapolisi ko nta wemerewe gusohoka mu gihugu cyangwa kuva aho ari, kugeza igihe bazamenyesherezwa. Bikubiye mu butumwa FARDC yatanze biciye mu mugaba mukuru w’Ingabo zayo, Lt.Gen. Banza Jules Mwilambwe. Itangazo Lt. Gen. Banza yashyize hanze yifashishije urubuga rwa Telegrame, rimenyesha abayobozi bakuru muri […]
Aho AFC/M23 ihagaze ku kuba RDC yagabanywamo za Leta

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ufite icyifuzo cy’uko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagabanywamo za Leta, kuko ari bwo buryo bwonyine bushobora kuvana iki gihugu ku rwego kiriho. Byatangajwe n’Umunyamabanga Uhoraho w’uyu mutwe, Benjamin Mbonimpa, mu kiganiro yahaye abanyamakuru ku wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga 2025, i Goma. Ni ikiganiro cyibanze ku nyandiko y’amahame […]
Umukinnyi mushya wa APR FC yagize ibyago

Umunya-Uganda Ronald Ssekiganda umaze igihe gito yerekeje muri APR FC, yagize ibyago byo gupfusha nyina umubyara. APR FC yemeje aya makuru mu butumwa bumwihanganisha yanyujije ku rubuga rwayo rwa X. Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yagize iti: “Ubuyobozi bwa APR, abakinnyi ndetse n’abakozi, bifatanije na Ronald Ssekiganda mu gahinda ko kubura umubyeyi we (nyina). Aruhukire mu […]
U Burundi bwabonye Nyampinga mushya (Amafoto)

Kaneza Kellia Lagroire, ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Burundi wa 2025, nyuma yo guhigika abakobwa bagenzi be 15 bari barihataniye. Kaneza yambikiwe iri kamba mu birori byabereye i Bujumbura ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 25 Gicurasi 2025. Ni ibirori byitabiriwe n’abarimo Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Angeline Ndayubaha […]
FDLR yoherejwe kwica Abanyamulenge nyuma yo gutozwa no guhabwa intwaro n’u Burundi: Twirwaneho

Umutwe wa Twirwaneho ushinzwe kurengera abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge, watanze impuruza y’uko abarwanyi bo mu mutwe wa FDLR batangiye koherezwa mu bice by’imisozi miremire yo muri Teritwari za Uvira na Fizi, nyuma y’igihe bahererwa imyitozo mu Burundi. Twirwaneho yatanze iyi mpuruza biciye mu itangazo yasohoye ku wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga. Uyu mutwe […]
Igisubizo cya AFC/M23 ku bibaza niba Kabila yaramaze kuyinjiramo

Umutwe wa AFC/M23 wahakanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari umwe mu bawugize. Uyu mutwe wemeje ko Kabila usigaye aba mu mujyi wa Goma ugenzura atari umunyamuryango wawo, mu kiganiro wagiranye n’itangazamakuru ejo ku wa Gatanu. Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, ubwo yabazwaga niba Kabila ari […]
Ndayishimiye yagiranye inama na Capitaine Ibrahim Traoré

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, ku wa Kane tariki ya 24 Nyakanga yatangaje ko yagiranye inama na Perezida w’inzibacyuho wa Burkina Faso, Capitaine Ibrahim Traoré. Ndayishimiye abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko inama yagiranye na Traore iri mu rwego rw’ubutumwa yahawe bwo kuba intumwa idasanzwe ya Perezida wa Angola akanaba uw’Umuryango wa Afurika […]
AFC/M23 yavuze ikintu gikomeye gishobora gutuma idasubira kuganira na RDC

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko udateze gusubira mu biganiro umaze igihe ugiranira na Leta ya RDC i Doha muri Qatar, mu gihe cyose itararekura abantu bayo babarirwa muri 700 ifunze. Byatangajwe n’Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, ubwo kuri uyu wa Gatanu yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Serena Hotel i Goma. Ni ikiganiro cyabaye nyuma […]
Impamvu ba Minisitiri Marizamunda na Uwimana Consolée batarahiranye n’abandi

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga, yakiriye indahiro y’Abaminisitiri n’Abanyamabanga ba Leta bagize Guverinoma nshya, mu muhango wabereye mu Nteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura. Minisitiri w’Intebe mushya, Dr. Nsengiyumva Justin ni we wabimburiye abandi mu kurahira; akurikirwa n’Abaminisitiri, Abanyamahanga ba Leta ndetse n’abayobozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB). Abaminisitiri 19 muri […]
Perezida Kagame yashimiye byimazeyo Dr. Ngirente

Perezida Paul Kagame yashimiye yivuye inyuma Minisitiri w’Intebe ucyuye igihe, Dr. Edouard Ngirente, ku bw’akazi keza yari amaze igihe akora. Umukuru w’Igihugu yamushimiye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga, nyuma y’uko yari amaze kwakira indahiro z’abagize Guverinoma nshya iheruka gushyirwaho iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva. Abaminisitiri 19, Abanyamabanga ba Leta 10 […]
Zabyaye amahari hagati ya Amerika n’u Bufaransa

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zateye utwatsi icyemezo cya Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa cyo kwemera Palestine nk’igihugu cyigenga. Perezida Macron abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yaraye atangaje ko igihugu cye kigomba kwemera Palestine nk’igihugu cyigenga mbere y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye iteganyijwe muri Nzeri uyu mwaka. Ni icyemezo yavuze ko kigomba gufasha akarere k’Uburasirazuba bwo […]