Somalia yohereje abaganga bo gufasha Ubutaliyani kwita ku barwaye Coronavirus
Umuvugizi wa Leta ya Somalia, Ismail Mukhtar Omar kuri uyu wa 28 Werurwe 2020 yatangaje ko igihugu cye cyohereje abaganga 20 bo gufasha abo mu Butaliyani kwita ku barwayi ba Coronavirus muri iki gihe kitabworoheye. Ubutaliyani bumaze igihe bupfusha amagana y’abantu bazize iki cyorezo, ubu bose hamwe bakaba barenga 10,700, abarenga 97,600 bo bamaze kwandura. […]
Burundi: Umudepite yabwiye abanyamakuru ko azabamena impanga
Umudepite witwa Angelbert Ngendabanka kuri uyu wa 29 Werurwe 2020 yabwiye bamwe mu banyamakuru b’igitangazamakuru cyigenda cyitwa Iwacu ko azabamena impanga bitewe n’inkuru baherutse kumwandikaho. Ibi biri mu itangazo iki gitangazamakuru cyashyize hanze kivuga ko gitangaza iyo nkuru, cyagendeye ku mahame ngengamyitwarire y’umunyamakuru nko kuvugisha impande zombi zirebwa n’inkuru. Iwacu.org bavuga ko batunguwe no kumva […]
Uganda: Umubyeyi w’umunyagataro wakubiswe yahawe ibizatunga umuryango we -AMAFOTO

Nyuma y’aho Perezida wa Uganda , Yoweri Museveni yashizeho amabwiriza agamije guca akajagari mu duce dutandukanye mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya Coronavirus tariki ya 25 Werurwe 2020, hagaragaye amafoto y’abashinzwe umutekano bo mu rwego rwa Local Defence (LDU) bakubita abaturage biganjemo abacuruzi b’abanyagataro n’abazunguzayi. Mu bakubiswe, harimo umubyeyi bigaragara ko akuze wacuruzaga amapera. Amafoto […]
Rwanda: Abarwayi ba Coronavirus bamaze kuba 70

Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa 29 Werurwe 2020 yatangaje ko mu Rwanda Habonetse abandi barwayi ba Coronavirus 10, bose hamwe baba 70. Muri aba barwayi harimo: Batandatu baturutse i Dubai bahita bashyirwa mu kato. Babiri baturutse muri Afurika y’Epfo bahita bashyirwa mu kato. Unwe waturutse muri Nigeria, ahita ashyirwa mu kato. Undi ni uwakoreye ingendo […]
Musanze: Inzu zicururizwamo ibiribwa mu gasoko kakubitiwemo DASSO zarafunzwe

Abacuruza ibiribwa n’amabutike mu gasoko kitwa ‘Ku Ngagi’ gaherereye mu kagari ka Kabeza, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze barafungiwe nyuma y’aho bagenzi babo bakubise umukozi w’urwego rw’umutekano rwa DASSO wabasabaga kuguma mu ngo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus. Tariki ya 25 Werurwe 2020 ni bwo DASSO witwa Maniriho Martin yagiye muri […]
Menya Abanyarwanda Amerika yashyiriyeho miliyoni $40 ngo bafatwe

Urwego rushinzwe gushakisha abakurikiranweho ibyaha by’intambara, jenoside ndetse n’ibyibasira inyokomuntu rumaze imyaka 18 ruhiga Abanyarwanda 8 bashinjwa kugira uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, rukaba rwarashyizeho miliyoni 40 z’amadolari y’Amerika; arenga miliyari 38 z’Amafaranga y’u Rwanda azahabwa umuntu/abantu bazatanga amakuru atuma bafatwa. Aba ni: Bizimana Augustin, Kabuga Félicien, Mpiranya Protais, Kayishema Fulgence, Ndimbati Aloys, […]
Rwanda: Habonetse abandi barwayi ba Coronavirus batandatu

Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa 28 Werurwe 2020 yatangaje ko mu Rwanda hagaragaye abandi barwayi ba Coronavirus batandatu, bose hamwe baba 60. Aba barwayi: Bane muri bo baturutse i Dubai bahita bashyirwa mu kato. Unwe yaturutse muri Amerika. Undi yatahuwe nyuma yo guhura n’uwagaragayeho iki cyorezo mu Rwanda.
Brig. Gen. Abel Kandiho uyoboye CMI yazamuwe mu ntera
Perezida wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ingabo w’Ikirenga, Gen. Yoweri Museveni yazamuye mu ntera Brig. Gen. Abel Kandiho uyoboye Urwego rw’Ubutasi rwa Gisirikare muri Uganda, CMI (Chieftaincy of Military Intelligence) amuha irya General Major. Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Richard Karemire kuri uyu wa 28 Werurwe 2020 nk’uko byatangajwe na televiziyo ya […]
Byabagamba na Rusagara bitabaje ubutabera bwa EAC
Abahoze ari Brig. Gen. (Rtd) Frank Rusagara na Col. Tom Byabagamba wari umuyobozi w’abarindaga Perezida Kagame barasaba Urwego rw’Ubutabera rw’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EACJ) kubafasha gukurirwaho igifungo bakatiwe n’Urukiko rw’Ubujurire mu Rwanda tariki ya 27 Ukuboza 2019. Ni nyuma y’aho uru rukiko rubakatiye igifungo cy’imyaka 15 ku byaha bari bakurikiranweho birimo gukwirakwiza ibihuha bigamije kwangisha abaturage […]
Burundi: Ibitaro bimaze ibyumweru bitatu byakira abakekwaho cyane Coronavirus
Umuyobozi w’ibitaro byigenga bya Kira (Kira Hospital) mu Burundi, Dr. Christophe Sahayo kuri uyu wa 27 Werurwe 2020 byatangaje ko mu byumweru bitatu byakiriye abarwayi bakekwaho cyane indwara y’icyorezo ya Coronavirus. Ibi biri mu butumwa bukubiye mu ibaruwa Dr. Sahayo yandikiye Minisiteri y’Ubuzima no kurwanya SIDA ayisaba gushakira umuti iki kibazo, bitewe n’impungenge n’uko nta […]
Perezida Kagame yavuze ko hari gutegurwa uburyo abatishoboye bafashwa
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Perezida Kagame kuri uyu wa 27 Werurwe 2020 yijeje Abanyarwanda ko leta izakomeza kubafasha muri ibi bihe bikomeye byo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus. Ni ubutumwa Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda n’abaturarwanda muri iki gihe igihugu n’Isi yose byugarijwe n’iki cyorezo. Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ati:” Inzego z’ubuyobozi zirategura uburyo abatishoboye bafashwa. […]
Ubutaliyani: Abantu barenga 919 bishwe na Coronavirus mu munsi umwe

Abantu barenga 919 mu Butaliyani bishwe n’indwara y’icyorezo ya Coronavirus kuri uyu wa 27 Werurwe 2020. Imibare yo ku rubuga rwa World Ometers rwashyizeho kuri uyu mugoroba igaragaza ko muri iki gihugu hagaragaye abarwayi bashya ba Coronavirus barenga 5900, umubare w’abanduye bose ugera ku 86500. Hari hatangiye kuza icyizere ko abicwa n’iki cyorezo ku munsi […]
Rwanda: Habonetse abandi barwayi ba Coronavirus bane

Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa 27 Werurwe 2020, yatangaje ko mu Rwanda hagaragaye abandi barwayi ba Coronavirus bane, muri rusange baba 54. Aba barwayi: Umwe yageze mu Rwanda aturutse mu mugi wa Dubai. Uwa kabiri yageze mu Rwanda aturutse muri Amerika. Abandi ni babiri natahuwe nyuma yo guhura n’abagaragayeho iki cyorezo, bahita bashyirwa mu kato.
Gucikira no guterura mu buzima bw’Abanyarwanda
Mu mibereho y’Abanyarwanda mu bihe bitandukanye, habayeho intambwe eshatu zo kubaka urugo; gucikira, guterura ndetse cyangwa gushyingirwa. Gucikira ni igihe umusore n’umukobwa bumvikana, bagashinga urugo mu ibanga. Guterura byo ni umugenzo abasore bakoraga, bagashuka umukobwa, bakamurongora ku ngufu cyangwa se kumwiba, naho gushyingirwa ni umuhango ugezweho ukorerwa mu madini habayeho ubwumvikane hagati y’umukobwa n’umusore ndetse […]
U Burundi mu iperereza ku muturage wagaragayeho Coronavirus muri Tanzania
Minisitiri y’Ubuzima no kurwanya SIDA mu Burundi kuri uyu wa 26 Werurwe 2020 yatangaje ko iri gukora iperereza ku makuru y’Umurundi byavuzwe ko yagaragayeho indwara y’icyorezo ya Coronavirus muri Tanzania. Minisitiri w’Ubuzima muri Tanzania, Ummy Mwalimu aherutse gutangaza ko muri Tanzania habonetse umurwayi w’iyi ndwara wa 13, akaba yaraturutse mu gihugu cy’abaturanyi cyo mu Burundi. […]
Abanyapolitiki bayobotse Imana muri iki gihe cya Coronavirus
Kuva umurwayi wa mbere yagaragaraho Coronavirus mu Bushinwa mu ntangiriro za Mutarama 2020, imaze kwica abantu bagera ku 22,000 mu gihe abarenga 487,000 bamaze kwandura ku Isi yose. Hari ingamba zafashwe zirimo gufunga insengero, kiliziya, imisigiti n’andi masinagogi abantu benshi bahuriramo bagiye gusenga, abanyapolitiki batangaza ibitandukanye bigaragaza ko bategeye Imana amaboko kugira ngo yigaragaze muri […]
Urwandiko rw’umuturage wasagiwe n’agahinda mu rugo kubera Coronavirus
Rwatugezeho mu ijoro ryo ku wa 26 Werurwe 2020 Abasoma uru rwandiko ndabasuhuje nk’umuryango nyarwanda n’urukumbuzi rwinshi kuko ntaheruka kubaca iryera, yewe n’abo duturanye babaye nka Diaspora. Nitwa Mbonigaba Emmanuel (amazina yahinduwe). Munyihanganire aho mubona ntubahirije amategeko y’ibaruwa kuko ntakiyibuka uko yakabaye bitewe n’igihe maze mvuye ku ntebe y’ishuri ndetse n’ubuzima mbayeho muri iki gihe […]
Amerika yatangiye guhigisha uruhindu Perezida wa Venezuela n’abandi batanu
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuri uyu wa 26 Werurwe 2020 zashyizeho akayabo k’amadolari miliyoni 15 (arenga miliyari 14 z’amafaranga y’u Rwanda) zo guhemba umuntu uzatanga amakuru afatisha Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro ndetse n’abandi bayobozi bakuru batanu zishinja ibikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge bya ‘Cocaine’. Uyu mukuru w’igihugu arashinjwa ubu bucuruzi bw’amagana y’amatoni ya ‘Cocaine’ ngo […]
Rwanda: Hagaragaye abandi barwayi ba Coronavirus 9

Minisiteri y’Ubuzima imaze gutangaza ko mu Rwanda hagaragaye abandi barwayi ba Coronavirus 9, bose hamwe baba 50. Abarwayi batanu muri aba bageze mu Rwanda baturutse mu mugi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, bahita bashyirwa mu kato. Umurwayi umwe yageze mu Rwanda aturutse muri Amerika, ahita ashyirwa mu kato. Undi ni uwaturutse mu Buholandi […]
ONU isaba ibihugu gufungura imfungwa byihuse kubera Coronavirus
Mu rwego rwo kurinda ko icyorezo cya Coronavirus cyakwirakwira mu magereza, Umuryango w’Abibumbye urasaba ibihugu byose gufungura byihuse imfungwa n’abagororwa, cyane cyane izikuze, izirwaye n’izifite intege nke. Ibi byatangajwe n’Intumwa y’Uburenganzira bwa Muntu muri uyu muryango, Michelle Bachelet kuri uyu wa gatatu tariki ya 25 Werurwe 2020 nk’uko tubikesha ikinyamakuru Le Figaro mu nkuru cyasohoye […]
Abarenga 1000 bahuye n’abanduye Coronavirus bamaze kubarurwa, abarenga 900 barakurikiranwe
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel kuri uyu wa 26 Werurwe 2020 yavuze ko hamaze kubarurwa abantu barenga 1000 bahuye n’abarwayi 41 ba Coronavirus bagaragaye mu Rwanda, abarenga 900 muri bo bamaze gukurikiranwa. Ni mu kiganiro uyu muyobozi ari kugirana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, akaba asobanura imiterere y’iki cyorezo mu Rwanda. Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa 25 […]
Coronavirus: Bavuye i Rubavu bagera i Huye n’amaguru
Abagabo n’abasore barindwi bakoraga mu mushinga wa Kivu Belt ucukura ‘Gaz Méthane’ mu Kiyaga cya Kivu bakoze urugendo rw’amaguru baturutse mu Karere ka Rubavu, bacumbika ku biro by’akagari ka Kibariro, Umurenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye, ahagana saa kumi z’umugoroba kuri uyu wa 25 Werurwe 2020. Aba ni: Minani Emmanuel w’imyaka 27 y’amavuko, Nsabimana […]
Rwanda: Hagaragaye undi murwayi wa Coronavirus umwe

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje kuri uyu wa 25 Werurwe 2020 ko mu Rwanda hagaragaye undi murwayi umwe wa Coronavirus, muri rusange bagera kuri 41. Uyu murwayi yageze mu Rwanda aturutse mu mugi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE).
Boko Haram yishe abasirikare 162 mu minsi ibiri
Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram bamaze kwica abasirikare 162 ba Nigeria na Tchad mu minsi ibiri ishize. Tariki ya 23 Werurwe 2020, aba barwanyi bateze abasirikare ba Nigeria bari mu rugendo bagiye kubagabaho igitero mu gace ka Maiduguri gafatwa nk’ivuko rya Boko Haram. Bakiri mu nzira mu ikamyo barimo, abarwanyi ba Boko Haram bari […]
Umuturage yariwe n’ingona kuri Nyabarongo
Ku nkombe z’uruzi rwa Nyabarongo mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, umugabo witwa Hakizimana Jean uri mu kigero cy’imyaka 35 y’amavuko yariwe n’ingona mu gitondo cy’uyu wa 25 Werurwe 2020. Abaturage batuye muri aka gace bavuga ko uyu mugabo usanzwe atuye mu murenge wa Rugarika muri aka karere yari yagiye kuroba nk’uko asanzwe […]
Minisitiri w’Ingabo wa Sudani yapfiriye muri Sudani y’Epfo
Minisitiri w’Ingabo muri Sudani, Lt Gen Jamaleldin Omar, yishwe n’indwara y’umutima ari muri Sudani y’Epfo mu biganiro by’amahoro hagati y’impande zahoze zishyamiranye muri iki gihugu kiyobowe na Salva Kiir. Amakuru y’urupfu rw’uyu musirikare yemejwe n’Umuvugizi w’Ingabo za Sudani mu gitondo cy’uyu wa 25 Werurwe 2020 nk’uko Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, byabitangaje. Gen. Omar ari mu […]
Nigeria: Ingabo z’igihugu 70 zaguye mu mutego wa Boko Haram
Ingabo za Nigeria zirenga 70 zaguye mu mutego w’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram kuri uyu wa 23 Werurwe 2020 muri Leta ya Borno. Aya makuru dukesha Punch News avuga ko ingabo z’igihugu zari mu ikamyo ya gisirikare, ziturutse mu gace ka Maiduguri, zigiye kugaba igitero ku barwanyi ba Boko Haram. Bageze mu nzira basanga aba […]
Rwanda: EU yageneye abagizweho ingaruka n’ibiza inkunga ya miliyoni 100 RWF
Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda uyobowe na Ambasaderi Nicola Bellomo wageneye ubufasha bw’amafaranga 100,881,897 RWF ku miryango ituye mu turere tune tw’igihugu yangiririjwe n’ibiza byaturutse ku mvura nyinshi yaguye mu ntangiriro za Werurwe 2020. Aya mafaranga yahawe Umuryango Mpuzamahanga utabara imbabare (Red Cross), uzaha imiryango itandukanye ubufasha nkenerwa burimo amafaranga yo kugura ibiribwa, ibiryamirwa, amajerekani, […]
EAC igiye gutanga laboratwari ngendanwa ku bihugu biyigize mu kurwanya Coronavirus
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, Liberat Mfumukeko kuri uyu wa 24 Werurwe 2020 yatangaje ko ibihugu biwugize bigiye guhabwa ubufasha burimo laboratwari ngendanwa (Mobile Laboratories) mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus. Ni umwanzuro wafashwe nyuma y’inama mpuzashusho (Video conference) yahuje ubunyamabanga bw’uyu muryango ndetse n’abaminisitiri b’ubuzima b’ibihugu biwugize kuva kuri uyu wa 23 Werurwe, […]
Mozambique: Hagaragaye imirambo y’abimukira 64 bapfiriye mu ikamyo
Muri Mozambique kuri uyu wa 24 Werurwe 2020 habonetse imirambo y’ababimukira 64 bakekwa kuba baturutse muri Ethiopia mu buryo butemewe, yabonetse muri kontineri y’ikamyo yari ibatwaye. Iyi kamyo yahagaritswe igeze mu Ntara ya Tete muri iki gihugu nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bw’ibitaro byakiriye iyi mirambo mu nkuru y’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP. Uyu muyobozi wasabye ko izina […]
Gen. Muhoozi yiseguye ku bababajwe n’amagambo yavuze ku gitangazamakuru cya leta
Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni akaba n’Umujyanama we mu bya gisirikare, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba yiseguye ku bantu bababajwe n’amagambo yavuze ku gitangazamakuru cy’igihugu, The New Vision. Tariki ya 22 Werurwe 2020, igitangazamakuru The New Vision cyakoze inkuru ivuga ku ngamba u Rwanda rwafashe mu gukumira icyorezo cya Coronavirus. Gen. Muhoozi akimara kuyibona kuri Twitter […]
Rwanda: Hagaragaye abandi barwayi 17 ba Coronavirus

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) imaze gutangaza ko kuri uyu wa 23 Werurwe 2020, mu Rwanda hemejwe abandi barwayi 17 ba Coronavirus, bose hamwe bagera kuri 36. Muri aba barwayi harimo 9 baturutse i Dubai, 3 baturutse muri Kenya, 2 baturutse muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, 1 waturutse muri Qatar, 1 waturutse mu Buhinde, undi umwe ni […]
Uganda: Habonetse abarwayi bashya ba Coronavirus umunani
Minisitiri w’Ubuzima muri Uganda, Dr. Jane Ruth Aceng yemeje ko kuri uyu wa 23 Werurwe 2020, muri Uganda habonetse abarwayi bashya ba Coronavirus umunani. Aba bemejwe nyuma y’ibipimo 32 byafashwe abandi 24 bigaragara ko nta Coronavirus banduye. Dr. Aceng atangaje ko aba barwayi bose uko ari umunani, ari Abagande baturutse mu Mugi wa Dubai muri […]
Nigeria: Aryoherwa n’imibonano akorana n’inkende ye kurusha iyo yakorana n’abantu
Umukobwa wo muri Nigeria yavugishije abakoresha imbuga nkoranyambaga ubwo yatangazaga ko inkende ye imushimisha mu buriri kurusha umuntu. Ni ubutumwa yashyize kuri Facebook nk’uko Naija Post yatangaje, buriho ifoto ateruye inkende. Yagize ati : « Nashobora nkaryamana n’inkende aho kuryamana n’umuntu. » Yavuze ko impamvu akunda inkende bigeze aha ari uko yo itagira umuco wo […]
Imyitwarire y’Umwungeri mwiza mu gihe isega yateye
Muri iki gihe, Isi itewe impungenge n’ahazaza hayo mu gihe icyorezo cya Coroanavirus cyaba kitagabanyije umurego kiriho. Ibihumbi by’abantu birenga 15 (15,000) bimaze gupfa, ibindi birenga 350 (350,000) byamaze kwandura iki cyorezo. Ni igihe gihangayikishije ibihugu bitandukanye birimo u Rwanda kuko byamaze guhagarika ibikorwa hafi ya byose byinjiriza abantu amafaranga cyangwa ibindi bintu bituma bashobora […]
Imitwe ya CNDP na M23 yagiye nka Nyomberi

Ku munsi nk’uyu mu 2009 mu mugi wa Goma, Leta ya RDC na CNDP basinye amasezerano y’amahoro. Uyu muhango wari witabiriwe na Olusegun Obasanjo wari intumwa y’Umuryango w’Abibumbye mu Karere k’Ibiyaga Bigari ndetse na Benjamin Mkapa wari uhagarariye Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe mu karere. Aya masezerano yaje akurikira ibiganiro impande zombi zagiranye mu migi ya […]
Umurambo w’ukekwaho kuba umusirikare wagaragaye mu mugezi wa Rusizi
Abarobyi bari ku musozi wa Nyamitanga uherereye muri Komini ya Buganda mu Ntara ya Cibitoki kuri uyu wa 21 Werurwe 2020 babonye umurambo w’uwambaye imyambaro y’igisirikare y’u Burundi bikekwa ko ari umusirikare wishwe akajugunywa ku nkengero z’umugezi wa Rusizi. Uwahaye amakuru SOS Medias yagize ati: “Umurambo wari wambaye impuzankano ya gisirikare wari wuzuye amaraso. Twamenyesheje […]
Gen. Muhoozi ‘yababajwe’ n’inkuru ya New Vision avuga ko ishimagiza u Rwanda

Umuhungu wa Perezida Museveni akaba n’umujyanama we mu bya gisirikare, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba ntiyishimiye inkuru yasohowe n’igitangazamakuru cya Leta ya Uganda, The New Vision, ivuga ko iki gihugu cyageze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gufata ingamba zikumira Coronavirus. The New Vision yakoze inkuru ivuga ku ngamba Uganda yafashe mu gukumira iki cyorezo nko guhagarika […]
Umuyobozi wa HRW ntacyemerewe gukurikira Perezida Kagame kuri Twitter

Umuyobozi Mukuru w’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Right Watch, Kenneth Roth ntacyemerewe gukurikira Perezida Kagame ku rubuga rwa Twitter. Ibi byagaragaye ubwo uyu Munyamerika wayoboye HRW kuva mu 1993 yabitangarizaga kuri uru rubuga kuri uyu wa 22 Werurwe 2020. Kwamburwa uburenganzira bwo gukurikira umuntu kuri Twitter Nyiri konte y’uru rubuga ni we ufite ububasha […]
U Burundi bufitanye n’Imana amasezerano yihariye: Umuvugizi wa Perezida
Umuvugizi w’ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burundi, Jean Claude Ndenzako yatangaje ko impamvu igihugu cye kitarageramo icyorezo cya Coronavirus ari uko gifite umwihariko wo gushyira Imana imbere. Ni mu kiganiro yagiranye na BBC, avuga ingamba u Burundi bwafashe mu gukumira iki cyorezo cyugarije akarere n’Isi muri rusange. Ndenzako yavuze ko iki gihugu gikurikiza amabwiriza atangwa n’inzego […]
Uganda: Hemejwe umurwayi wa mbere wa Coronavirus
Mu kiganiro ari kugirana bitangazamakuru aka kanya, Minisitiri w’Ubuzima wa Uganda, Dr. Ruth Aceng atangaje ko hagaragaye umurwayi wa mbere wa Coronavirus. Uyu murwayi ngo yageze muri Uganda aturutse mu mugi wa Dubai ahagezwa n’indege ya kompanyi ya Ethiopian Airlines. Uyu murwayi ni umugabo w’imyaka 36 y’amavuko, akaba atuye mu gace ka Kibuli, zone ya […]
Umukobwa yatereye ivi umusore ngo bazarushinge, aramuhakanira
Umukobwa wo muri Nigeria yatereye ivi umusore bari basanzwe bakundana ku muhanda imbere y’imbaga y’abantu, aramuhakanira. Videwo yafashwe muri icyo gihe yamaze gusakara ku mbuga nkoranyambaga, igaragaza uyu mukobwa wambaye imyenda y’umukara, afite impeta mu ntoki, ashaka kwambika uyu musore impeta. Bigaragara nk’aho bitunguye uyu musore, maze yanga kwambara impeta y’umukobwa basanzwe bakundana, mu bantu […]
Ingabire Immaculée atewe impungenge n’ubuke bw’ingamba zifatwa mu gukumira Coronavirus
Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane mu Rwanda (Transparent International Rwanda), Madamu Ingabire Immaculée atewe n’impungenge n’ubuke bw’ingamba igihugu kiri gufata mu gukumira icyorezo cya Coronavirus. Muri iki gihe, Isi ihangayikishijwe n’iki cyorezo kimaze gutwara ubuzima bw’abantu bakabakaba 12,000 naho abarenga 284,000 bamaze kucyandura nk’uko World Ometers babitangaje kuri uyu wa 21 Werurwe 2020. Iki […]
Ibihugu 7 by’Afurika biri mu 10 bibabaye cyane ku Isi

Raporo ngarukamwaka ya World Happiness y’agashami k’Umuryango w’Abibumbye igaragaza ibihugu byishimye kuri uyu wa 20 Werurwe 2020 yashyize ibihugu by’Afurika birindwi mu icumi (7/10) bibabaye kurusha ibindi ku Isi. Hari mu gihe abatuye Isi bizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibyishimo (World Happiness Day) washyizweho kuva mu 2006. Uru rutonde rw’ibihugu bibabaye ruyobowe na Afghanistan nk’igihugu kimaze igihe […]
Rwanda: Habonetse abandi barwayi ba Coronavirus batandatu

Ministeri y’Ubuzima mu ijoro ryo kuri uyu wa 20 Werurwe 2020 yatangaje ko mu Rwanda hagaragaye abandi barwayi ba Coronavirus batandatu, muri rusange baba 17. Abarwayi babiri ba mbere ni Umufaransakazi w’imyaka 30 y’amavuko hamwe n’umwana we w’imyaka 10 y’amavuko. Uwo bashakanye ni umwe mu bagaragayeho Coronavirus mu minsi. Uwa gatatu ni Umunyyarwandakazi w’imyaka 32 […]
Ubukerarugendo n’ubushakashatsi muri pariki eshatu byasubitswe

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere (RDB) kuri uyu wa 20 Werurwe 2020 cyatangaje ko guhera kuri uyu wa 21 Werurwe ibikorwa by’ubukerarugendo n’ubushakashatsi pariki z’igihugu eshatu byasubitswe mu rwego rwo gukumira Coronavirus. Ibi bikorwa byasubitswe muri Pariki y’Ibirunga na Nyungwe na Pariki za Gishwati-Mukura. Ibi bikorwa birakomeza muri Pariki y’Akagera ariko hakomeze kubahirizwa amabwiriza ya Ministeri […]
Kenya: Umukozi wo muri banki yateruye arenga miliyoni 7 ngo agiye gukorera mu rugo
Umukozi wo muri banki muri Kenya akurikiranweho guterura amashilingi ya Kenya 800,000, arenga miliyoni zirindwi (7) z’Amanyarwanda gusa we asobanura ko yari agiye gukorera mu rugo mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus. Uyu mugabo w’imyaka 27 y’amavuko yapakiye aya mafaranga mu gikoresho kibikwamo imishandiko y’inoti (Brief case), maze ava muri banki […]
Reka umugabo wawe aguce inyuma, nahaga azakugarukira: Madamu Oduro
Umunya-Ghana uzwiho kugira inama abubatse ingo, Madamu Charlotte Oduro aragira inama abagore bacibwa inyuma n’abagabo babo kwihangana, bagategereza igihe bazabagarukira ubwo bazaba barambiwe. Mu kiganiro yagiriye kuri Radio Hitz nk’uko Naija Post ibitangaza, uyu mugore yasabye bagenzi be kwihangana, abaha urugero rw’ubuzima yanyuzemo mu myaka 11 amaze ashatse umugabo, ati: “Ntabwo [umugore] akwiriye gutekereza ko […]
Umuyobozi yemereye Museveni ubufasha bwo kumena amabanga ya Bobi Wine
Umuyobozi w’Akarere ka Mbale muri Uganda, Bernard Mujasi Masaka kuri uyu wa 19 Werurwe 2020 yasabye Perezida Museveni kumutumira kugira ngo amumenere amabanga yose ya Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) utavuga rumwe n’ubutegetsi bwe. Mu muhango wo gufungura agace kahariwe inganda ka Sino muri aka karere ni ho uyu muyobozi yahaye ubu busabe Museveni, ati: […]
Rwanda: Abarenga 1200 bakekwaho Coronavirus ni bo bamaze gupimwa
Dr. Jean Baptiste Mazarati ushinzwe serivisi z’ubuvuzi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) yatangaje ko ibizamini by’abantu barenga 1,200 bakekwaho icyorezo cya Coronavirus bamaze gupimirwa muri laboratwari y’igihugu. Mu bapimwe, abarwayi 11 ni bo bagaragayeho iki cyorezo nk’uko Minisiteri y’Ubuzima yabyemeje tariki ya 18 Werurwe 2020. Ibitaro bitandukanye bifata ibizamini by’abakekwaho iki cyorezo, bikabyohereza muri […]
Umunsi Mpuzamahanga w’Ibyishimo mu mpagarara za Coronavirus
Tariki ya 20 Werurwe ni umunsi mpuzamahanga w’Ibyishimo watangiye kwizihizwa mu 2006 washyizweho na Jayme Illien uyoboye umushinga witwa New World Order wegamiye ku Muryango w’Abibumbye. Yari agamije guteza imbere ibyishimo nk’uburengenzira bw’ikiremwamuntu, kikaba ikintu cy’ingenzi kigize imibereho y’umuntu. Iki ni igihe abatuye Isi bishimira imibereho myiza iterwa n’impamvu zirimo kugera ku cyo bifuzaga n’ubwisanzure […]
Zimwe mu nyandiko zibazwaho muri iki gihe Coronavirus yugarije Isi
Icyorezo cya Coronavirus kimaze gutwara ubuzima bw’abatuye Isi benshi, abo kimaze gufata bikubye abapfuye inshuro zirenga icumi. Aba bantu bagizweho ingaruka nacyo bakomoka mu bihugu bitandukanye ndetse bari mu ngeri nyinshi. Ibi bituma icyorezo gisanishwa n’inyandiko z’abahanga batandukanye zasohotse kuva mu 1555 bikagera no mu byavuzwe mu bitabo by’Iyobokamana. Umwanditsi Nostradamus yavuze ku ‘mwaka w’impanga’ […]
Kigali: Abacuruzi 24 baciwe amande bazira amakosa arimo kuzamura ibiciro
Nyuma y’ubugenzuzi yakoze kuri uyu wa 18 Werurwe 2020 ku bufatanye n’inzego zitandukanye mu mugi wa Kigali, Minisiteri y’Ubucuruzi yaciye abacuruzi 24 amande ya miliyoni irenga (1,680,000 RWF) bazira amakosa arimo kuzamura ibiciro mu buryo butemewe. Muri Ziniya, babiri bari mu karere ka Kicukiro bazira kuzamura ibiciro baciwe amande y’250,000 RWF. Muri Kagugu mu karere […]
Kabgayi: Batatu bashyizwe mu kato, umwe basanga arwaye ibicurane
Umuyobozi w’ibitaro bya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga, Dr. Nteziryayo Philippe avuga ko bashyize mu kato abantu batatu bakekwaho icyorezo cya Coronavirus, umwe arasezererwa nyuma yo gusanga arwaye ibicurane (grippe). Dr. Nteziryayo mu nkuru ya Umuseke avuga ko uyu muntu wa kabiri ukekwa ngo yamaze gupimwa, ibizamini bye bijyanwa mu bupimiro (Laboratoire) bw’igihugu i […]
Uzivana mu kato, azahanishwa itegeko rya gisirikare: Perezida Kim
Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yarahiye avuga ko umuntu wese uzica ibwiriza ryo kuba mu kato bitewe n’icyorezo cya Coronavirus, azahanishwa itegeko rya gisirikare. Uyu Mukuru w’Igihugu aherutse gutangaza aya magambo nyuma yo kunyongwa k’umwe mu bayobozi bo muri iki gihugu wavuye mu Bushinwa, akava mu kato yari yashyizwemo, ajya mu baturage. […]
Umukobwa na nyina barwaniye umusore bambikana ubusa
Umukobwa na nyina babarizwa muri Leta ya Anambra muri Nigeria barwanye bapfa umukunzi w’umusore ufite imyaka 30 y’amavuko witwa Oga Dubai, bigera aho uyu mubyeyi yambikwa ubusa. Amakuru ya Tribune Online avuga intambara y’aba bombi ubwo umubyeyi yasangaga umukobwa we asambana n’umukunzi we w’umuhungu mu gace ka Nkutaku gaherereye muri Okpoko. Iki kinyamakuru kivuga ko […]
Rwanda: Umubare w’abanduye Coronavirus wageze kuri 11
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Werurwe 2020 iratangaza ko umubare w’abanduye virusi ya Covid-19 wiyongereye aho bavuye ku bantu 8 ukagera kuri 11. Umurwayi umwe ni umugore w’Umuhinde ufite imyaka 37 y’amavuko, wageze mu Rwanda avuye muri Mumbai tariki ya 8 Werurwe 2020. Undi ni umusore w’Umunyarwanda […]
RDC: Hagaragaye abandi barwayi ba Coronavirus barindwi
Minisitiri w’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Dr. Eteni Longondo mu ijoro ryo kuri uyu wa 18 Werurwe 2020 yatangaje ko hagaragaye abandi barwayi b’icyorezo cya Coronavirus barindwi. Muri rusange, abarwayi ba Coronavirus muri iki gihugu bamaze kuba 14.
Rulindo: Imvura yabaraje hanze, irabasenyera ndetse ibatwara n’umwana
Imvura yatangiye kugwa mu masaa mbiri y’umugoroba wo ku wa 17 Werurwe kugeza mu masaa cyenda y’igicuku cy’uyu wa 18 Werurwe 2020, abaturage batuye mu mudugudu wa Nyabyondo, Akagari ka Rutonde, Umurenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo, abaturage bavuga ko yabasize iheruheru, ibatwara n’umwana w’imyaka itanu y’amavuko. Aba baturage bavuze ko baraye ijoro bari […]
Imibare mishya: Afurika imaze kubarura abarwayi ba Coronavirus 592

Kuri uyu wa 18 Werurwe 2020, ku mugabane w’Afurika hamaze kubarurwa abarwayi b’icyorezo cya Coronavirus 592. Nk’uko BBC imaze kubitangaza, abantu 15 ni bo bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuri uyu mugabane, mu gihe 40 bamaze gukira. Nyuma y’umunsi umwe, Afurika y’Epfo ni cyo gihugu cyagize umubare munini w’abanduye bashya, wazamutseho 54 ugereranyije no kuri uyu […]