Uganda: Urugomo rw’abaturage rwatumye umusirikare atakaza ijisho-AMAFOTO

fb_img_15867826278191642.jpg

Urugomo rukorerwa abashinzwe umutekano bari gukaza ingamba zo gukumira indwara ya Covid-19 rurakomeje muri Uganda, bigera aho kuri uyu wa 11 Mata 2020 umuturage akubita umusirikare akamuvanamo ijisho ry’iburyo. Byabereye mu Karere ka Amuru mu isoko ryitwa Bibia mu masaha y’umugoroba, ubwo uyu muturage witwa Stephen Olibia asumira Pte Alex Niwanyine warindaga Komiseri w’aka karere, […]

Rwanda: Habonetse abandi barwayi ba Coronavirus batandatu

evbalzexyaagf6f.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 12 Mata 2020 yatangaje ko habonetse abandi bantu batandatu barwaye indwara y’icyorezo ya Covid-19, mu bipimo 1160 byafashwe. Aba bantu ni abatahuwe ko bahuye n’abagaragayeho iki cyorezo mu Rwanda. Muri rusange, abantu bamaze kwandura iki cyorezo muri iki gihugu ni 126, abantu 25 muri bo barakize harimo 7 […]

Dr. Donald Kaberuka yagizwe imwe mu ntumwa zihariye za Afurika kuri Covid-19

Dr. Donald Kaberuka wabaye Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi mu Rwanda kuri uyu wa 12 Mata 2020 yashyizwe mu ntumwa enye zihariye z’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe zizafasha ibihugu by’uyu mugabane guhangana n’ingaruka z’indwara y’icyorezo ya Covid-19. Iri tsinda rigizwe n’inzobere mu by’ubukungu zo kuri uyu mugabane, batatu muri bo barimo na Dr. Kaberuka babaye ba Minisitiri b’Imari […]

Ibyibazwa kuri raporo za Covid-19: Gukiza ubuzima bw’abantu no kwirinda gukura imitima

Politiki y’igihugu ibaho, ikagira umurongo igenderaho ibona ko wageza abaturage ku byiza cyangwa se ukabarinda, kabone n’ubwo uruhande rumwe rwaba rutawiyumvamo. Hari ubwo itera impaka bikajya hanze cyangwa se bikaguma mu mitima y’abantu. Iyo ari ibyazamo urupfu, impaka ziriyongera, abantu bakibaza niba wa murongo uhindutse bitaba byiza kurushaho. Uwo murongo wa politiki ubamo gushyiraho urutonde […]

Rwanda: Habonetse abarwayi 2 ba Covid-19 mu bipimo 842 byafashwe

img-20200411-wa0035.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 11 Mata 2020 yatangaje ko hagaragaye abarwayi bashya ba Coronavirus babiri mu bipimo 842 byafashwe. Aba bombi ni abatahuwe ko bahuye n’abandi banduye b’iki cyorezo mu Rwanda. Muri rusange, abamaze kugaragaraho iki cyorezo ni 120, muri bo hakize 18 bamaze gusezererwa basubira iwabo mu ngo. Minisiteri y’Ubuzima iramenyesha […]

Burundi: Habonetse abandi barwayi ba Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Burundi kuri uyu wa 11 Mata 2020 yatangaje ko muri iki gihugu habonetse abandi barwayi babiri b’indwara y’icyorezo ya Covid-19. Byatangajwe na Minisitiri Thadée Ndikumana yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu munsi, ababwira uko iki cyorezo gihagaze mu Burundi. Tariki ya 31 ni bwo abarwayi ba mbere ba Covid-19 bagaragaye mu Burundi. Tariki ya […]

RDC: Vital Kamerhe uyoboye ibiro bya Perezida Tshisekedi yongerewe igifungo

Umuyobozi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Vital Kamerhe kuri uyu wa 11 Mata 2020 yongerewe igihe cyo kuba ari muri gereza ya Makala afungiwemo. Umushinjacyaha Mukuru yabanje kwanga ubusabe bwa Vital Kamerhe bwo kurekurwa by’agateganyo, ategeka ko ahubwo yongererwa igifungo, akamara indi minsi 15 muri iyi gereza. Tariki ya 8 Mata […]

U Burundi bwanze isuzuma ry’intumwa za ONU kuri Covid-19

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, kuri uyu wa 10 Mata 2020 , yavuze ko leta y’u Burundi yangiye intumwa zayo n’indi miryango mpuzamahanga gukora isuzuma ku mibereho y’abantu bari mu kato bitewe n’indwara y’icyorezo ya Covid-19. Izi ntumwa zashakaga gukora isuzuma nyuma y’amakuru avuga ko ubuzima bw’abantu barenga 3000 bamaze gushyirwa mu kato ku masite […]

Rwanda: Habonetse abandi barwayi ba Coronavirus batanu

img-20200410-wa0067.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 10 Mata 2020 yatangaje ko hagaragaye abandi barwayi ba Coronavirus 5, igiteranyo cy’abamaze kugaragaraho iki cyorezo ni 118. Aba barwayi bashya ni abahuye n’abagaragayeho Coronavirus mu Rwanda. Abantu 7 ni bo bakize iki cyorezo, barasezererwa, bajya mu ngo iwabo. Abarwayi 111 ni bo bari kwitabwaho mu Kigo Nderabuzima […]

DRC : ‘Gahunda y’iminsi 100’ ikomeje gufungisha abayobozi bakomeye

Mu ijoro rya tariki 8 Werurwe 2020, Vital Kamerhe uyoboye Ibiro by’Umukuru w’Igihugu yatawe muri yombi, afungirwa muri Gereza Nkuru ya Makala iri mu mugi wa Kinshasa. Nyuma y’umunsi umwe, Fulgence Baramos uyoboye ikigo cy’Igihugu gishizwe gutunganya imihanda, FONER, yafungiwe muri Makala kandi ubusesenguzi buvuga ko hashobora gufungwa n’abandi bidatinze. Aba bombi bazira akayabo k’amafaranga […]

Covid-19: IMF ikomeje guha ibihugu by’Afurika akayabo k’inguzanyo

Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, IMF (International Monetary Fund) gikomeje guha akayabo k’inguzanyo ibihugu by’Afurika biri mu nzira y’iterambere mu guhangana n’indwara y’icyorezo ya Covid-19 iterwa n’agakoko ka Coronavirus. Nyuma y’aho muri Werurwe 2020, iki kigega cyafashaga ibindi bihugu byugarijwe n’iki cyorezo hanze y’uyu mugabane, tariki ya 1 Mata 2020 cyatangiye gufasha Afurika, gihera kuri Sénégal cyahaye […]

U Rwanda rucumbikiye impunzi hafi ibihumbi 147

Umuryango w’Abibumbye, ishami ryita ku mpunzi (UNHCR) kuri uyu wa 9 Mata 2020 wagaragaje ko kugeza tariki ya 31 Werurwe, u Rwanda rwari rucumbikiye impunzi 146,268 zaturutse mu bihugu bitandukanye. Biri muri raporo UNHCR isohora iyo ukwezi kurangiye igaragaza imibare mishya y’impunzi, cyane cyane izinjiye mu gihugu. Muri Werurwe, u Rwanda rwakiriye impunzi nshya zituruka […]

Uganda: Umuturage uvoma amazi yo kugurisha yahaye leta ubufasha bwa 1250 RWF

Umuturage w’Umunya-Uganda ukora akazi ko kuvoma amazi yo kugurisha, witwa Samuel Kimbowa yatanze inkunga y’amashilingi 5,000 (angana na Frw 1250) mu rwego rwo gushyigikira Leta muri gahunda yo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus n’ingaruka zacyo nk’uko televiziyo ya NBS yabitangaje. Muri Uganda hamaze kugaragara abarwayi ba Coronavirus 53, ni nako ingamba zo guhangana n’iki cyorezo zakajijwe. […]

Amb. Olivier Nduhungirehe yavanwe ku mirimo ye ku bwo kutagendera kuri politiki ya leta

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa 9 Mata 2020 yavanye Amb. Olivier Nduhungirehe ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Ushinzwe EAC ku bwo kudashyira imbere politiki ya leta. Iri tangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri rivuga ko mu mikorere ya Amb. Nduhungirehe yaranzwe no kugaragaza imyumvire ye, aho gushingira […]

Fulgence Baramos na we yatawe muri yombi nyuma ya Vital Kamerhe

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imihanda muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (FONER), Fulgence Baramos yatawe muri yombi kuri uyu wa 9 Mata 2020 nyuma y’Umuyobozi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Vital Kamerhe. Baramos yafungiwe muri Gereza ya Makala akurikiranweho icyaha cyo kunyereza amadolari y’Amerika arenga miliyoni 50 yagombaga gukoreshwa mu gusana imihanda iri mu ntara ya Kivu […]

Uganda: Abakozi n’umuyobozi mu biro bya Minisitiri w’Intebe batawe muri yombi

Abakozi n’umuyobozi bashinzwe ibaruramari mu biro bya Minisitiri w’Intebe muri Uganda kuri uyu wa 9 Mata 2020 batawe muri yombi bakurikiranweho kugira uruhare mu izamuka ry’ibiciro bya kawunga ndetse n’ibishyimbo muri iki gihe cya Coronavirus. Aba ni: Umunyamabanga uhoraho, Christine Guwatudde Kintu, Umuyobozi ushinzwe ibaruramari, Joel Wanjala Komiseri Ushinzwe Amasoko, Fred Lutimba, Martin Owor, Komiseri […]

Politiki, intwaro kirimbuzi ikomeje kugarika ingogo muri ibi bihe bya Coronavirus

Iyi ni tweet ya WHO yo ku wa 14 Mutarama 2020

Kuva indwara y’icyorezo ya Coronavirus (COVID-19) yagaragara ku Isi, hamaze gutakara ubuzima bw’abantu benshi ariko hari impungenge ko imibare ishobora kuzamuka cyane bitewe n’impamvu nyinshi, politiki ikaza ku isonga. Kugira ngo byumvikane neza, birasaba guterera ijisho mu Bushinwa, aho umurwayi wa mbere w’iki cyorezo yagaragaye mu mugi wa Wuhan mu Gushyingo 2019 ariko byasabye igihe […]

Vital Kamerhe ukuriye ibiro bya Perezida Tshisekedi yafunzwe

Umuyobozi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Vital Kamerhe mu ijoro ry’uyu wa 8 Mata 2020 yatawe muri yombi ahita ajyanwa muri Gereza nkuru ya Makala iherereye mu mugi wa Kinshasa. Uyu muyobozi yatawe muri yombi nyuma yo kwitaba Umushinjacyaha Mukuru, Kisula Betika Yeye Adler, akurikiranweho icyaha cyo kunyereza amafaranga muri Gahunda […]

Rwanda: Habonetse abandi barwayi ba Coronavirus batanu

img-20200408-wa0051.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 8 Mata 2020 yatangaje ko hagaragaye abandi barwaye ba Coronavirus, muri rusange ababonetse 110. Aba barwanyi harimo: Bane batahuwe nyuma yo guhura n’abagaragayeho iki cyorezo. Umwe wakoreye ingendo mu bihugu bitandukanye. Abantu bakize muri aba bose ni 7, bakaba barasezerewe.

Minani Epimaque uherutse kwemezwa nk’umusimbura wa Depite Ngabitsinze yavuze ko atabyifuza

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje ko Minani Epimaque wari wemejwe nk’umusimbura wa Depite Ngabitsinze Jean Chrysostome tariki ya 31 Werurwe 2020 yanditse avuga ko atabyifuza ku mpamvu ze bwite. Iyi komisiyo yashingiye ku ibaruwa yandikiwe na Perezida w’Ishyaka Riharanira Demukarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage (PSD) yo ku wa 6 Mata 2020. Minani Epimaque yavuze ko atifuza kuba […]

Afurika yishoye mu rugamba rwo kweguza Dr. Tedros uyoboye WHO

m331yhyvdt2aouvgprxx.jpg

Umunya-Ethiopia uyoboye Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (WHO), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus ari ku gitutu gikomeye gishobora kumweguza bitewe n’uko ashinjwa kutuzuza inshingano ze neza muri iki gihe icyorezo cya Coronavirus cyugarije Isi, ari nako abayobozi bakomeye muri Afurika bahagurukiye kumushyigikira. Uyu muyobozi arashinjwa gufata ibyemezo ahawe amabwiriza na Repubulika y’Abaturage y’Ubushinwa, nko kuba yaratangaje […]

Kisoro: Abasirikare bambutsaga abarembetsi batawe muri yombi

Igisirikare cya Uganda kuri uyu wa 6 Mata 2020 cyataye muri yombi abasirikare babiri bambutsaga abacuruza magendu y’ikiyobyabwenge cya Kanyanga (abarembetsi) mu Karere ka Kisoro. Amakuru yamenyekanye ubwo aba basirikare bambutsaga abarembetsi b’Abakongomani bari bavanye ikiyobyabwenge cya Kanyanga muri Uganda, babanje kubaha ruswa y’amashilingi 3000 kuri buri jerekani. Abaturage babibwiye ba afande, maze itsinda riyobowe […]

WhatsApp yafungiye amayira abakwirakwiza ibihuha kuri Coronavirus

Ubutumwa buhererekanyijwe inshuro zitarenze eshanu ni uku bugaragara

Ikigo cy’itumanaho, WhatsApp Inc. kuri uyu wa 7 Mata 2020 cyashyizeho uburyo bwo kugabanya amakuru y’ibihuha ku ndwara y’icyorezo ya Coronavirus akwirakwizwa ku rubuga rwayo, bikaba byagira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu. Iki kigo gishamikiye kuri Facebook kivuga ko muri iki gihe Coronavirus yugarije Isi, ubutumwa buhererakanwa (Forward Messages) bwabaye bwinshi kandi ugasanga bwiganjemo ibihuha. […]

Rwanda: Nta murwayi wa Coronavirus wagaragaye mu bipimo 806 byafashwe

evbtr7zxgaepxiv.jpg

Ministeri y’ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 7 Mata 2020 yatangaje ko nta murwayi mushya wa Coronavirus wagaragaye mu bipimo 806 byafashwe. Ibi byatumye umubare w’abagaragayeho iki cyorezo uguma ku 105, muri bo 7 bakaba barakize. Abarwayi bose bari kuvurirwa ahantu habugenewe kandi bari koroherwa; nta n’umwe urembye. Abenshi muri bo nta bimenyetso bya Coronavirus […]

Burundi: Abashyizwe mu kato muri hoteli bafunzwe babuze ayo kwishyura

whatsapp_image_2020-04-07_at_16.52.51.jpg

Abantu bane barangije iminsi y’akato k’abakekwaho Coronavirus muri Hoteli Nazareth iri mu gace ka Kobero muri Komine ya Mutihinda mu Ntara ya Muyinga kuri uyu wa 6 Mata 2020 batawe muri yombi nyuma yo kubura amafaranga yo kwishyura. Aba batawe muri yombi na polisi ikorera muri Kobero barimo ab’igitsina gabo batatu ndetse n’uw’igitsina gore umwe. […]

Koreya y’Epfo: Abari barakize Coronavirus bongeye kugaragaza ibimenyetso

Ubwoba ni bwinshi muri Koreya y’Epfo nyuma y’aho abantu 51 bari barakize indwara y’icyorezo ya Coronavirus mu mugi wa Daegu bongeye kugaragaza ibimenyetso. Igitangazamakuru cyo mu Bwongereza , Daily Mail kuri uyu wa 6 Mata 2020 cyatangaje ko aba bantu bashyizwe mu kato ahabugenewe nyuma yo gukira iyi ndwara, abaganga bongeye kubapima hashize iminsi mike, […]

Kurwanya ihakana n’ipfobya rya Jenoside ntibikwiye guharirwa u Rwanda gusa: AU

Kuri uyu wa 7 Mata 2020, Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat mu izina ry’uyu muryango yavuze ko kurwanya ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi atari inshingano zo guharira u Rwanda gusa. Ni ijambo yageneye Abanyarwanda n’Abanyafurika muri iki gihe hatangiye icyumweru cy’icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka abatutsi bazize jenoside ku […]

Perezida Kagame yavuze ko ibihe bya Coronavirus bitakuraho Kwibuka

Mu ijambo yageneye Abanyarwanda n’inshuti ku munsi wo gutangiza icyumweru cy’icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 26, kuri uyu wa 7 Mata 2020, Perezida Kagame yavuze ko ibihe bidasanzwe byatewe n’icyorezo cya Coronavirus bitabuza abantu kwibuka. Perezida Kagame yavuze ko uburyo bwo kwibuka muri iki gihe bugoye ku barokotse, umuryango […]

Ibintu bishobora kudogera hagati y’u Bushinwa n’u Bwongereza kubera Coronavirus

Ubwami bw’u Bwongereza bushaka akayabo k’amafaranga ku Bushinwa nk’icyiru cyo kuba bwararangaranye bugatuma amahanga agerwaho n’ingaruka z’icyorezo cya Coronavirus, bitaba ibyo hakitabazwa inkiko mpuzamahanga. Icyiru u Bwongereza bushaka kibarirwa muri miliyari 351 z’amayero, zirenga tiliyari 360 z’amafaranga y’u Rwanda, ahuye n’igiciro cy’ibyo ubu bwami buri gutakaza mu guhangana n’iki cyorezo. Abayobozi bakuru mu Bwongereza 15 […]

Habyarimana/Ntaryamira: Kuvuguruzanya no kwivuguruza byahejeje dosiye mu kirere

Tariki ya 6 Mata 1994 ni bwo indege yari itwaye abakuru b’ibihugu bibiri: Habyarimana Juvénal wayoboye u Rwanda na Cyprien Ntaryamira w’u Burundi yarashwe ivuye i Arusha muri Tanzaniya, iri hafi kugwa ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe. Ni igitero cyatwaye ubuzima bw’aba babiri ndetse n’abapilote babiri b’Abafaransa. Mu 1998, iperereza ku ihanurwa […]

Uganda: Abasirikare n’abapolisi bandagaje abagore mu buryo bukomeye-AMAFOTO

5b84f885-f2c0-4b30-9b06-883e61303ac8.jpg

Mu karere ka Amuru tariki ya 3 Mata 2020, abapolisi 11 n’abasirikare 6 bari ku burinzi bugamije kureba iyubahirizwa ry’amabwiriza yo gukumira Coronavirus basanze abagore n’abagabo muri ‘lodge’ bamwe bambaye ubusa, babahata ibiboko ndetse babagaragura mu isayo. Mu mafoto yagiye hanze, aba bagore bagaragaraho inkoni zishushanyije ku bibuno byabo [batatewe isoni no gushyira gufotorwa], abandi […]

Abayobozi bakuru bose bigomwe umushahara w’uku kwezi kubera Coronavirus

img-20200405-wa0044.jpg

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe mu Rwanda kuri uyu wa 5 Mata 2020 byatangaje ko abayobozi bakuru bose bigomwe umushahara w’uku kwezi kwa Mata 2020 mu rwego rwo gukomeza kurwanya indwara y’icyorezo ya Coronavirus. Aba bayobozi ni: Abagize guverinoma bose. Abanyamabanga bahoraho. Abayobozi b’ibigo bya leta. Abandi bayobozi bakuru mu nzego z’igihugu. Aba bayobozi bigomwe uyu […]

Rwanda: Habonetse abandi barwayi ba Coronavirus babiri

eu29kfyxgaenl9z.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 5 Mata 2020 yatangaje ko hagaragaye abandi barwayi ba Coronavirus babiri, bamaze kugaragara muri rusange baba 104. Aba bombi ni abatahuwe bahuye n’abagaragayeho iki cyorezo mu Rwanda. Mu bagaragayeho iki cyorezo bose, hasigaye abantu 100 bakirwaye kuko kuri uyu wa 5 Mata, bane bakize basezerewe bataha iwabo mu […]

Apôtre Liliane yatawe muri yombi nyuma yo kubeshya abapolisi

Polisi y’Igihugu yataye muri yombi Umushumba w’Itorero Umusozi w’Ibyiringiro, Apôtre Mukabadege Liliane azira kubeshya abapolisi ko agiye kuri radiyo kandi agiye ku rusengero. Mu itangazo polisi imaze gushyira hanze, ivuze ko Apôtre Liliane bamukurikiranye, basanga yari agiye ku rusengero muri Kimisagara. Uretse no gutabwa muri yombi kandi, imodoka y’uyu mushumba nayo yafatiriwe. Muri iki gihe […]

COVID_19: Amerika yagaragayemo abarwayi barenga 34,000 n’abapfuye barenga 1300 ku munsi

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuri uyu wa 4 Mata 2020 zagaragayemo abantu bashya banduye icyorezo cya Coronavirus (COVID_19) barenga 34,000, abapfuye bo barenga 1300. N’ubwo Isi yose itewe impungenge n’iki cyorezo, Abanyamerika basa n’abatorohewe bitewe n’imibare iri hejuru cyane y’abanduye iki cyorezo iri kugaragarayo kuva mu mpera za Werurwe kugeza ubu ngubu. Tariki ya 2 […]

Burundi: Abasirikare bibeshye bata muri yombi mugenzi wabo

Abasirikare b’Igihugu cy’u Burundi bibeshye bata muri yombi mugenzi wabo wari ufite ipeti rya Major, Côme Niyongabo kuri uyu wa 3 Mata 2020 mu gace ka Kabezi gaherereye mu Ntara ya Bujumbura. SOS Medias ivuga ko aba basirikare bari bahawe itegeko na Afande wabo ubayoboye muri Pozisiyo ya Mabamba, Maj. Gilbert Manirakiza kugira ngo bajye […]

Museveni yategetse ko abapolisi bakubise umubyeyi utwite imvutsi bafungwa

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yategetse ko abapolisi babiri: Francis Mpande, Noah Massajjage n’ushinzwe umutekano mu mudugudu, Assimwe Junior bakubise umubyeyi utwite inda y’amezi arindwi batabwa muri yombi. Tariki ya 27 Werurwe ni bwo abapolisi babiri n’umwe ushinzwe umutekano mu mudugudu bari ku burinzi, badukira abaturage barimo uyu mubyeyi witwa Mercy Nakate w’imyaka 23 y’amavuko, […]

Ndarikira musaza wanjye ariko nabuze uko ntobora: Umukobwa w’i Kigoma

Sameera Sarah ni umukobwa w’imyaka 27 y’amavuko utuye mu mugi wa Kigoma muri Tanzania. Afite musaza we w’imyaka 24 y’amavuko bakunze kwisanzuranaho, ntibagire icyo bahishanya. Avuga ko ibiganiro bagirana byiganzamo ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere n’urukundo. We n’uyu musaza we nta kintu bakingana ndetse nta we ugira isoni ryo kwitwara mu buryo yise ubusazi (crazy behavior) nko […]

Urunturuntu hagati y’Amerika, u Bufaransa na Canada hejuru y’udupfukamunwa

Muri iki gihe ibihugu bituye Isi bihanganye n’icyorezo cya Coronavirus hari umwuka mubi hagati y’ibihangange bitatu: Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, u Bufaransa na Canada bapfa ibikoresho bwo kwirinda iki cyorezo nk’ufupfukamunwa. Ni umwuka watangiye kugaragara kuri uyu wa 1 Mata 2020 ubwo u Bufaransa bwavugaga ko Amerika yabutwariye udupfukamunwa twari tuvuye muri Bushinwa, hadaciye kabiri […]

Umujura w’inyama yaciriye umupolisi mu maso arangije yiyamira avuga ko afite Coronavirus

Umujura witwa Oliver Cook washakaga kwiba inyama mu gace ka Whitstable muri Kent ho mu Bwongereza ku cyumweru yaciriye umupolisi w’umwofisiye amubwira ko yanduye Coronavirus mu buryo bwo kumutera ubwoba. Byabaye ubwo uyu mupolisi yagerageza guta muri yombi Cook hanze y’iguriro (Super Market) muri aka gace ka Whitstable, aho yageragezaga kwiba izi nyama. Umwofisiye yafashe […]

Imyaka 52 irashize Icyizere cy’Abirabura, Martin Luther King yishwe

Iyi nyandiko (Note) yavumbuwe muri Gashyantare 2020

Tariki ya 4 Mata 1968 ni bwo Umuvugabutumwa akaba n’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu muri Amerika, Rev. Dr. Martin Luther King Jr. yishwe arasiwe mu mugi wa Memphis muri leta ya Tennessee, urupfu rwe rwakurikiwe n’imyigaragambyo ikomeye mu migi itandukanye bitewe n’ishingiro ry’ukuri yahaganiraga ko kubohora abaturage bari barahejejwe inyuma n’amateka. Icyo Luther yaharaniye n’icyo yavugiye […]

Rwanda: Abarwayi ba Coronavirus bamaze kuba 89

eussp7qxqaiojd9.jpg

Ministeri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 3 Mata 2020 yatangaje ko habonetse abandi barwayi ba Coronavirus 5, bose hamwe baba 89. Aba barwayi bose uko ari 5 ni abatahuwe bahuye n’abagaragayeho Coronavirus. Abarwayi bose bari kuvurirwa ahantu habugenewe kandi bari koroherwa; nta n’umwe urembye. Abenshi muri bo nta bimenyetso bya Coronavirus bakigaragaza. Hanashakishijwe kandi […]

Goma: Umuntu wa kabiri wagaragayeho Coronavirus yanyuze i Kigali

Minisitiri w’Ubuzima ku rwego rw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Dr. Moïse Kakule kuri uyu wa 2 Mata 2020 yamenyesheje itangazamakuru ko umurwayi wa kabiri wagaragaje icyorezo cya Coronavirus yaturutse i Kigali. Uyu murwayi ni umugabo w’Umufaransa w’imyaka 53 y’amavuko, Dr. Kakule ati: “Tariki ya 10 kugeza iya 17 yari mu Bufaransa, uwo munsi ava muri icyo […]

Kenya yarekuye imfungwa 4800 kubera Coronavirus

Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubutabera muri Kenya rwafashe umwanzuro wo kurekura imfungwa 4800 mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu magereza muri iki gihe icyorezo cya Coronavirus cyugarije Isi. Ni umwanzuro wafashwe mu gushyigikira ingamba leta yashyizeho zo guhagarika amahuriro y’abantu benshi, bikaba byitezwe ko mu magereza hagiye kubahirizwa ibwiriza ryo guhana intera (social distancing) mu gihe […]

Bageze iwabo i Nyaruguru/Gisagara nyuma y’iminsi itatu bavuye i Rubavu n’amaguru

Abagabo n’abasore barindwi baherutse gukora urugendo n’amaguru baturutse mu Karere ka Rubavu bakagera mu turere twa Nyaruguru na Gisagara bitewe n’ingamba leta yafashe mu gukumira COVID_19 (Coronavirus) bavuga ko bagezeyo amahoro n’ubwo batorohewe n’uburebure bwarwo. Aba ni Nsekanabanga Eric w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu murenge wa Kigembe mu Karere ka Gisagara; Minani Emmanuel w’imyaka 27, […]

Rwanda: Habonetse abandi barwayi ba Coronavirus babiri

img-20200402-wa0017.jpg

Ministeri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 2 Mata yatangaje ko habonetse abandi barwayi ba Coronavirus babiri, bose hamwe baba 84. Aba barwayi bombi baherutse kugirira ingendo mu bihugu bitandukanye. Abarwayi bose bari kuvurirwa ahantu habugenewe kandi bari koroherwa; nta n’umwe urembye. Abenshi muri bo nta bimenyetso bya Coronavirus bakigaragaza. Hanashakishijwe kandi abahuye n’abarwayi bagaragaye […]

RDF yatangaje ko abasirikare batatu bakurikiranweho ibyaha bikomeye

Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda, Lt. Col. Innocent Munyengango yatangaje ko abasirikare batatu bakurikiranweho icyaha cy’ihohotera bashinjwa n’abaturage batuye mu mudugudu wa Kangondo II, akagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera mu karere ka Gasabo. Mu nkuru dukesha Radio Ijwi ry’Amerika, abaturage bavuga ko bamaze igihe bakubitwa n’abasirikare bari ku irondo; bamwe muri bo baba basinze. Si […]

Haravugwa kubeshyerwa k’umunyeshuri wa UR watawe muri yombi akurikiranweho ihohotera rishingiye ku gitsina

Umunyeshuri wiga muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami rya Huye witwa Izabayo William yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu tariki ya 30 Werurwe 2020 akurikiranweho gusambanya abakobwa babiri b’abavandimwe; umwe w’imyaka 17 n’undi w’imyaka 20 y’amavuko [nk’uko byatangiye bivugwa], gusa amakuru yo kuri uyu wa 1 Mata avuga ko habayemo kubeshyerwa no guharabikwa. Izabayo ni […]

Biravugwa ko Kayumba Nyamwasa yanduye Coronavirus

whatsapp_image_2020-04-02_at_09.37.55.jpg

Itangazo ryagaragaye ku mbuga nkoranyambaga riravuga ko Ishyaka rya RNC (Rwanda National Congress) ritavuga rumwe na leta y’u Rwanda kuri uyu wa 2 Mata 2020 ryatangaje ko umuyobozi waryo, Faustin Kayumba Nyamwasa yanduye indwara y’icyorezo ya Coronavirus. Bivugwa ko mu gicuku cy’uyu wa gatatu ni bwo ibizamini ku bipimo byafashwe kuri Kayumba Nyamwasa byemeje ko […]

Afurika y’Epfo: Umuyobozi yashyinguwe mu modoka ya Mercedes-Benz-AMAFOTO

Muzehe Pitso bamwicaje mu modoka nk'umuntu muzima

Tshekede Pitso wari umuyobozi w’ishyaka rya UDM (United Democratic Movement) mu burasirazuba bwa Cape muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa 28 Wrurwe 2020 yashyinguwe mu modoka ye ya Mercedes-Benz nk’uko yari yarabisabye umuryango we. Amafoto agaragaza Muzehe Pitso yicaye muri iyi modoka, yambaye umukandara, bigaragara ko ameze nk’uri kuyitwara; nyamara nta buzima agifite. Iyi modoka […]

Inama y’Abaminisitiri Idasanzwe yongereye igihe cyo kuguma mu ngo

eujfdl-xkaels_7.jpg

Inama y’Abaminisitiri Idasanzwe yo kuri uyu wa 1 Mata 2020 yakorewe mu buryo bukoranya amashusho (Video Conference) yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yanzuye ko Abanyarwanda n’Abarutuye bakomeza kuguma mu ngo kugeza tariki ya 19 Mata mu rwego rwo gukomeza gukumira ikwirakwira rya Coronavirus. Ni nyuma y’iminsi hafi 14 yari ishize ibikorwa byinshi […]

Rwanda: Abarwayi ba Coronavirus bamaze kuba 82

img-20200401-wa0018.jpg

Ministeri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 1 Mata 2020 yatangaje ko habonetse abandi barwayi ba Coronavirus 7, bose hamwe baba 82. Muri aba barwayi: Umwe yageze mu Rwanda aturutse i Dubai, yahise ashyirwa mu kato. Undi yaturutse mu Bwongereza, yahise ashyirwa mu kato. Babiri bakoreye ingendo mu bihugu by’akarere, bahise bashyirwa mu kato. Batatu […]

Iran: Abantu amagana bahitanwe na ‘Methanol’ banyoye bivura Coronavirus

Abantu barenga 1300 muri Iran banyoye ikiyobyabwenge cya ‘Methanol’ bikingira, banivura icyorezo cya Coronavirus, 300 muri bo kirabahitana. Ni nyuma y’amakuru y’ibihuha yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga avuga ko ibisindisha nka Whisky, ubuki n’ubwoko butandukanye bwa ‘alcool’ nka Methanol. Ibi byatumye abaturage babyadukira, babinywa ku bwinshi, birengagije amabwiriza yatanzwe n’inzego z’ubuzima iwabo. Ikinyamakuru The Mirror kivuga […]

Rwanda: Abarwayi ba Coronavirus bamaze kuba 75

img-20200331-wa0030.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 31 Werurwe 2020 yatangaje ko hanonetse abandi barwayi ba Coronavirus batanu, bose hamwe baba 75. Muri aba barwayi: Bane bageze mu Rwanda baturutse i Dubai, bahita bashyirwa mu kato. Umwe yatahuwe nyuma yo guhura n’uwagaragayeho Coronavirus mu Rwanda, ahita ashyirwa mu kato. Abarwayi bose bari kuvurirwa ahantu habugenewe […]

Burundi: Habonetse abarwayi ba Coronavirus

Itangazo rya Leta y'u Burundi mu rurimi rw'Igifaransa rivuga ku barwayi bagaragaye

Minisitiri w’Ubuzima mu Burundi, Thaddée Ndikumana kuri uyu wa 31 Werurwe 2020 yemeje ko mu Burundi hatahuwe abarwayi babiri ba Coronavirus. Aba barwayi ni aba mbere babonetse muri iki gihugu, bakaba bari mu kato mu bitaro bya Buremec. Aba barwayi bombi ni Abarundi umwe ufite imyaka 42 y’amavuko, undi afite 56. Minisitiri Ndikumana yabwiye itangazamakuru […]

Ibitaro byinshi muri Kinshasa byanze kwakira no kuvura umujyanama wa Perezida Tshisekedi

Ibitaro bitandukanye muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo bivugwaho kwanga kwakira Umujyanama w’Umukuru w’igihugu, Vidiye Tshimanga washakaga kwipimisha yikekaho icyorezo cya Coronavirus. Aya makuru yabanje gusakara ku mbuga nkoranyambaga, yemezwa na bimwe muri ibi bitaro nk’uko igitangazamakuru Politico.CD cyabitangaje. Mu bitaro byanze gufata ibizamini bya Tshimwanga harimo ibya HJ, Cinquantaire, CMK n’ivuriro rya Ngaliema, gusa […]

U Bushinwa: Abantu barenga 93% bamaze gukira Coronavirus

Kuva mu mpera za 2019 ubwo umurwayi wa mbere wa Coronavirus yagaragaye mu Mugi wa Wuhan mu Ntara ya Hubei, Repubulika y’Abaturage y’u Bushinwa yabayemo ubwiyongere bukabije bw’abarwayi b’iki cyorezo gusa nyuma hafashwe ingamba zo kugifungira amayira, ubu zikaba gutanga umusaruro urenga 93%. Muri iki gihugu tariki ya 23 Mutarama 2020 hafashwe ingamba zo guhagarika […]

TB Joshua wari wahanuye ko Coronavirus izacika tariki ya 27 yivuguruje

Umuhanuzi wo muri Nigeria, Temitope Balogun Joshua wamamaye ku mugabane w’Afurika, yavuze ko icyorezo cya Coronavirus kitazaba kikibarizwa mu Isi guhera tariki ya 27 Werurwe 2020 , ubu yabivuguruje avuga ko yabisobanuraga mu buryo bw’umwuka. Uyu muhanuzi yakunze kugaragara atanga ubutumwa buhumuriza Isi, ko iki cyorezo kuva cyaragabanyije umurego mu Bushinwa, ari ikimenyetso simusiga ko […]

Rwanda: Nta murwayi wa Coronavirus wagaragaye uyu munsi

euyfubxwsaigmo6.jpg

Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa 30 Werurwe 2020 yatangaje ko nta murwayi wa Coronavirus wagaragaye mu Rwanda, bikaba byatumye umubare w’abanduye uguma kuri 70. Abarwayi bose bari kuvurirwa ahantu habugenewe kandi bari koroherwa; nta n’umwe urembye. Abenshi muri bo nta bimenuetso bya Coronavirus bakigaragaza. Hanashakishijwe kandi abahuye n’abarwayi bagaragaye kugira ngo basuzumwe ndetse bitabweho n’inzego […]