Itsinda ry’abasirikare kabuhariwe bo muri USA ritegerejwe mu burasirazuba bwa RDC

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko itsinda ry’abasirikare b’igihugu cye bashinzwe ibikorwa bidasanzwe ritegerejwe mu burasirazuba bw’iki gihugu bumaze igihe kirekire burangwa n’ibibazo by’umutekano muke. Itangazo rigenewe itangazamakuru iyi Ambasade yasohoye kuri uyu wa 13 Kanama 2021, rivuga ko iri tsinda riragirira uruzinduko mu burasirazuba […]

Tanzania: Abagore basabye ubuyobozi guhwitura abagabo babo bakomeje kubonka, abana bakabura amashereka

Abagore bonsa bo mu gace ka Tanga, Akarere ka Handeni muri Tanzania, basabye ubuyobozi kubahwiturira abagabo bakomeje kubonka, bagatuma abana babura amashereka. Aba bagore bagejeje iki kibazo ku muyobozi w’akarere Siriel Mchembe mu ntangiriro z’iki cyumweru, ubwo bizihizaga umunsi mukuru wahariwe konsa, wabereye mu gace ka Mkata. Uyu muyobozi nyuma yo kumva akababaro k’aba babyeyi, […]

Gen. Mabeyo uyobora ingabo za Tanzania ari mu Burundi

fb_img_16288670024380795.jpg

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania, Gen. Venance Salvatory Mabeyo ari mu ruzinduko rw’akazi mu Burundi guhera kuri uyu wa 12 Kanama 2021. Ibiro by’ingabo z’u Burundi, FDNB, bivuga ko Gen. Mabeyo yageze mu mujyi wa Bujumbura saa kumi n’igice z’umugoroba. FDNB yagize iti: “General Venance Salvatory Mabeyo, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Yunze Ubumwe ya […]

Icyo RDF ivuga ku mutwe w’iterabwoba wa IS watangiye kwibasira u Rwanda

Nyuma y’aho umutwe w’iterabwoba wa IS (Islamic State) wibasiye u Rwanda kubera ko ingabo zarwo zikomeje kurwanya intagondwa ziwegamiyeho mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, Umuvugizi w’ingabo zarwo Col. Rwivanga yavuze ko ziteguye guhashya izi ntagondwa mu gihe zatera igihugu. IS iherutse gusohora itangazo ryamagana ibikorwa bya RDF muri Mozambique, ivuga ko u Rwanda […]

Dr Mukwege ntiyumva ukuntu abari abarwanyi ba RCD, CNDP na M23 badakurikiranwa n’ubutabera

Umuganga wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) wahawe igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel mu 2018, Dr Denis Mukwege ntiyumva ukuntu abahoze ari abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro ya RCD-Goma, CNDP na M23 badakurikiranwa n’ubutabera. Mu itangazo Dr Mukwege yashyize ahagaragara tariki ya 10 Kanama 2021, avuga ko ubusanzwe raporo z’Umuryango w’Abibumbye zagiye zishinja ibyaha by’intambara […]

Gatsibo: Abapolisi n’abagenzacyaha bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umuturage batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abapolisi babiri, abagenzacyaha babiri n’abaturage; bose bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’uwitwa Ntabajyana Laurent wapfiriye muri kasho ya Rugarama mu Karere ka Gatsibo. Abo mu muryango wa nyakwigendera bavuga ko yari amaze iminsi atawe muri yombi na RIB akurikiranweho guhoza ku nkeke umugore we, afungirwa muri iyi sitasiyo […]

Kwikingiza Covid-19 bishobora kuba itegeko ku bakozi ba Leta

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yatangaje ko mu minsi iri imbere, abakozi ba Leta bazajya babazwa ibyangombwa byerekana ko bikingije icyorezo cya Covid-19. Minisitiri Gatabazi yabitangarije mu kiganiro yagiriye kuri televiziyo y’igihugu kuri uyu wa 12 Kanama 2021 kirebana n’ibyemezo inama y’abaminisitiri yaraye ifashe, birebana no gukumira no kurwanya iki cyorezo. Nyuma y’aho […]

Uganda yaba iri gutegura gahunda yo kohereza abasirikare muri Mozambique

Guverinoma ya Uganda mu minsi iri imbere nayo ishobora kohereza abasirikare mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique yibasiwe n’intagondwa z’umutwe w’iterabwoba wegamiye kuri IS (Islamic State) mu myaka irenga itatu ishize. Ni igikorwa cyaba gishingiwe ku biganiro ibihugu byombi biri kugirana, birimo icyo Gen. (Rtd) Ivan Koreta woherejwe nk’intumwa ya Perezida […]

Abayisenga watwitse kiliziya mu Bufaransa, ukekwaho kwica Padiri, ngo ntiyabaye kadogo w’Inkotanyi

Umuryango wa Abayisenga Emmanuel watwitse kiliziya katedarali ya Nantes mu Bufaransa muri Nyakanga 2020, unakurikiranweho kwica umupadiri witwa Olivier Maire, wahakanya ibyatangajwe ko yabaye kadogo w’ingabo za FPR Inkotanyi. Se wabo witwa Joseph Murasampongo utuye mu Bubiligi, mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Radio Ijwi rya Amerika, yavuze ko ibitangazamakuru byo mu Bufaransa birimo La Croix […]

Uganda yohereje abandi Banyarwanda 32 yari ifunze

Leta ya Uganda mu gitondo cy’uyu wa 12 Kanama 2021 yoherereje u Rwanda abandi Banyarwanda 32 bari bamaze igihe bafungiweyo, ibanyujije ku mupaka wa Kagitumba. Aba barimo abagabo 24, abagore batanu n’abana batatu, bakaba bari bafungiwe muri kasho z’urwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza, CMI. Muri uku kwezi, Uganda imaze kohereza Abanyarwanda 68. Abandi ni 23 […]

Musanze: Mutwarasibo yakase ikiganza cya SEDO, akoresheje urukero

Umuyobozi w’isibo (Mutwarasibo) mu Kagari ka Cyabararika, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze yakase ikiganza cy’umuyobozi ushinzwe iterambere n’imibereho y’abaturage (SEDO) Twagirayezu Olivier, akoresheje urukero rukoreshwa mu bwubatsi. Radio Musanze dukesha iyi nkuru ivuga ko kuri uyu wa 11 Kanama 2021, Mutwarasibo w’imyaka 37 y’amavuko yubakaga inzu adafite ibyangombwa bibimwemerera. SEDO ngo yahageze, abuza […]

Goma: Abantu 243 barimo Abanyarwanda bafashwe bakekwaho guteza umutekano muke

Inzego zishinzwe umutekano za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) zakoze umukwaku mu mujyi wa Goma, zifata abantu 243 bakekwaho guteza umutekano muke. Komanda w’akarere ka gisirikare ka 34 Goma iherereyemo, Brig. Gen. Tshinkobo Guylain yabwiye itangazamakuru ko aba bafatiwe mu duce twa Mikeno na Mapendo kuri uyu wa 11 Kanama 2021, harimo abafite imihoro […]

Guverinoma y’u Rwanda yoroheje ingamba zo kurwanya Covid-19

e8id5hjwqaepen6.jpg

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 11 Kanama 2021 yoroheje ingamba n’amabwiriza byo kurwanya icyorezo cya Covid-19 zari zarashyizweho mu ntangiriro z’uku kwezi. Mu ngamba n’amabwiriza yorohejwe harimo: Kongera amasaha yo gutahiraho, avanwa kuri saa kumi n’ebyiri z’umugoroba agezwa kuri saa mbiri z’ijoro, gusa ibikorwa byose bikaba bigomba gufunga saa moya z’umugoroba. Imodoka zitwara abagenzi […]

Abasirikare ba Uganda bari muri GuinĂ©e Equatorial bashyize hanze ibibazo by’ingutu bafitanye na Komanda wabo

e8f8cz5xiam248m_1.jpg

Abasirikare ba Uganda barinda Perezida wa GuinĂ©e Equatorial, abandi bayobozi bakuru n’ibikorwa by’iterambere bavuga ko bashobora gukora igisa n’imyigaragambyo bitewe n’umuyobozi wabo, Col. James Kato Kyebara. Aba basirikare barashinja Col. Kato kubafata nabi, kubakorera ivangura, gukura mu nshingano buri wese utemeranya nawe ndetse no kumusubiza muri Uganda. Ibi byose bavuga ko bikorerwa abasirikare bato, abofisiye […]

Rwamagana: Umupolisi yishe umusore warenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

Umupolisi witwa Siboniyo Jean d’Amour ukorera mu Karere ka Rwamagana yishe arashe umusore witwa Iradukunda Elissa uzwi nka Ndimbati warenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, bivugwa ko yagerageje kumurwanya no kumwambura imbunda. Byabereye mu Mudugudu wa Kiyovu, Akagari k’Akanzu mu Murenge wa Nzige mu masaa moya y’umugoroba wo ku wa Mbere, tariki ya 9 Kanama […]

Perezida Samia yagiriye icyizere abakiri bato, abaha ubuyobozi (Amafoto)

joan.jpg

Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan mu ntangiriro z’uku ukwezi yakoze amavugurura mu nzego z’ubuyobozi bwa Leta kuva ku nzego zo hasi, aho bigaragara ko yagiriye icyizere abakobwa n’abagore bakiri bato. Aba bahawe imyanya ku rwego rw’uturere barimo abayobozi bungirije, abayobozi nshingwabikorwa bungirije n’abayobozi mu nama njyanama. Nka Rose Manumba, yamugize […]

Goma: Major na Captain bagejejwe mu rukiko nyuma yo guterana amakofe

e8c1vbqwyawphtv.jpg

Abofisiye bakuru babiri mu ngabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo; Major Rimenze Kangingo Bisimwa na Captain Mukando Muzito Paulin kuri uyu wa 9 Kanama 2021 bagejejwe imbere y’urukiko rwa gisirikare rwa Goma. Maj Bisimwa na Capt. Muzito bagaragaye barwanira ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma tariki ya 3 Kanama 2021, bafatwa amashusho asakazwa ku […]

Ingabo zidasanzwe za Kenya zasanze iza Tanzania muri Beni, iza Afurika y’Epfo na NĂ©pal ziri mu nzira

kenyya1.jpg

Umutwe w’ingabo zidasanzwe za Kenya wageze muri Teritwari ya Beni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), usanzeyo uwa Tanzania, uwa Afurika y’Epfo n’uwa NĂ©pal na yo ikaba itegerejwe mu gihe cya vuba. Izi ngabo zagiye kwihuriza mu mutwe wihariye ushinzwe kongerera imbaraga ingabo za RDC n’iz’umuryango ziriyo mu butumwa […]

RED-Tabara nyuma y’aho u Rwanda ruhaye u Burundi abarwanyi bayo 19, ngo ntizacika intege

Umutwe witwaje intwaro wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, watangaje ko utazacika intege ngo uhagarike ibikorwa byayo, nyuma y’aho u Rwanda rushyikirije iki gihugu abarwanyi 19 bawo. Itangazo ryasohowe n’Umuvugizi w’uyu mutwe, Patrick Nahimana kuri uyu wa 9 Kanama 2021, rivuga ko iki gikorwa cyagenzuwe n’urwego rw’akarere k’ibiyaga bigari rushinzwe umutekano wo mbibi, EJVM, kidasanzwe […]

Gakenke: Umuyobozi mu Murenge akurikiranweho gutema mu mutwe uwari umugore we

Umuyobozi ushinzwe irangamimerere (Etat-Civile) mu Murenge wa Cyabingo w’Akarere ka Gakenke, Habarurema Jephte aravugwaho gutera urugo rw’uwari umugore we Mukamusoni EspĂ©rance ruherereye mu Murenge wa Rugarama w’Akarere ka Burera, akamutema mu mutwe. Byabereye mu Mudugudu wa Rutambi, Akagari ka Gafumba mu ijoro rya tariki ya 8 Kanama 2021. Mukamusoni avuga ko uyu mugabo babyaranye abana […]

Umusaza yakatiwe nyuma yo gufatanwa igifaru yari amaze igihe abitse mu rugo rwe

faru1.png

Umusaza w’Umudage ufite imyaka 84 y’amavuko tariki ya 2 Kanama 2021 yakatiwe igifungo gisubitse cy’amezi 14, anacibwa ihazabu ingana n’amadolari ya Amerika 293,972 azira gutunga intwaro zirimo igifaru mu buryo butemewe n’amategeko. BBC ivuga ko urugo rw’uyu musaza wigeze kuba umusirikare ruherereye mu gace ka Heikendorf mu majyaruguru y’u Budage rwafatiwemo izi ntwaro mu 2015, […]

Perezida Samia atewe impungenge n’uko gahunda yo gukingira abaturage ishobora guhagarara

Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan yatangaje ko atewe impungenge n’uko inkingo igihugu cye cyahawe zigiye gushira vuba, igikorwa cyo gukingira abaturage kigahagarara. Perezida Samia yagaragaje izi mpungenge mu kiganiro yagiranye na BBC cyibandaga ku mitegekere ye kuva yaba Umukuru w’Igihugu, asimbuye Dr John Pombe Magufuli wapfuye. Ku butegetsi bwa Dr […]

Mu 2020, Abanyarwanda barenga 2000 basabye kwemezwa nk’impunzi

rwandan-asylum-seekers-2020.jpg

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNCHR, rivuga ko mu mwaka w’2020 Abanyarwanda 2364 baba mu bihugu bitandukanye bayandikiye bayisaba kwemezwa nk’impunzi. Aba barimo 578 baba muri Uganda, 514 baba muri Malawi, 275 baba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, 164 baba muri Mozambique, 157 baba muri Canada,125 baba mu Bubiligi, 115 baba muri Kenya, […]

RDC: Padiri yapfiriye muri misa

Padiri witwa Henri Bendebamanye wakoreraga muri diyosezi gatolika ya Lukweba mu Ntara ya KasaĂŻ Central muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yapfuye ari muri misa. Urupfu rwa Padiri Bendebamanye rwabaye tariki ya 8 Kanama 2021 ubwo yari yitabiriye umuhango wo kurahiza ababikira bashya no kwizihiza imyaka 25 umubikira witwa Astrida Kapinga amaze kuri iyi […]

Kugira ibitekerezo binyuranye ntibigira abantu abanzi_Sadate wishimiye guhura na Karenzi

sada.jpg

Umukunzi ukomeye wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate yagaragaje kunyurwa nyuma yo guhurira mu kiganiro mpaka n’umunyamakuru wa siporo Sam Karenzi basanzwe batavuga rumwe. Sadate na Karenzi bahuriye muri sitidiyo (studio) ya Televiziyo y’u Rwanda kuri uyu wa 8 Kanama 2021, mu kiganiro CafĂ© Sport batumiwemo na Eddy Sabiti, bajya impaka ku iterambere ry’iyi kipe. Nyuma […]

RDC: Umuyobozi Mukuru yirukanwe, yaba azira amafaranga y’ubukerarugendo u Rwanda rwinjirije igihugu

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) gishinzwe kubungabunga ibidukikije kizwi nka ICCN, Past. Dr Cosma Wilungula yirukanwe kuri izi nshingano. Ibaruwa imwirukana yasohowe na Minisiteri y’Ibidukikije tariki ya 7 Kanama 2021, gusa ntisobanura impamvu uyu Muyobozi Mukuru yirukanwe kuri iyi nshingano, nk’uko ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, byabitangaje. Gusa umwe mu bayobozi […]

Umuvugizi wa Guverinoma ya Uganda yibasiye Umwami wa Buganda

Umuvugizi wa Guverinoma ya Uganda, Ofwono Opondo yibasiye Umwami wa Buganda, Kabaka Ronald Mwenda Mutebi II, amushinja gushaka kubangamira uburenganzira bw’abaturage ku butaka bwo mu gihugu. Mu nkuru yatambutse mu kinyamakuru cya New Vision, Ofwono yamenyesheje Kabaka Mutebi II ko abanya-Uganda batamusaba imbabazi ngo abahe uburenganzira kuri ubu butaka, anamubwira ko ubwami uretse kuba bwaremewe […]

RDF ivuga ko izubaka inzego z’umutekano za Mozambique nyuma yo guhashya intagondwa

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Col. Ronald Rwivanga yatangaje ko nyuma yo guhashya intagondwa z’umutwe w’iterabwoba wegamiye kuri Islamic State zimaze imyaka irenga itatu zihungabanya umutekano w’intara ya Cabo Delgado muri Mozambique, hazakurikiraho kubaka inzego z’umutekano z’iki gihugu. Col. Rwivanga yabitangarije Taarifa nyuma y’aho kuri uyu wa 8 Kanama 2021 izi ngabo hamwe n’iza Mozambique zigaruriye […]

Gicurasi-Kanama 2021: Abasirikare bakuru baturutse mu bihugu 5 basuye u Rwanda

car-5.jpg

Kuva muri Gicurasi kugeza muri uku kwezi kwa Kanama 2021, u Rwanda rumaze gusurwa n’abasirikare bakuru baturutse mu bihugu bitanu. Izi nzinduko zatangiye tariki ya 8 Gicurasi 2021 ubwo Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika ya Centrafurika, Maj. Gen. Zephlin Mamadou yasuraga iki gihugu aherekejwe n’itsinda ry’impuguke mu bya gisirikare. Muri uru ruzinduko Gen. Zephlin n’iri […]

Ba Perezida 2 bagendereye u Rwanda, RDF na FADM babohoza Awasse na Mocimboa, u Burundi bwahaye u Rwanda umuganura; inkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 2 Kanama cyaranzwe n’amakuru y’ingenzi yiganjemo arebana na politiki y’ububanyi n’amahanga, umutekano, umutekano n’ubuzima. Harimo: Uruzinduko rwa ba Perezida babiri mu Rwanda Tariki ya 2 Kanama, Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, rwaranzwe no gusura ibikorwa byiganjemo ibirebana n’inganda. Uru […]

Afurika y’Epfo: Minisitiri wababajwe n’uko ingabo z’u Rwanda zatanze iza SADC muri Mozambique yasimbujwe

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa ku wa 5 Kanama 2021 yakoze impinduka muri guverinoma, asimbuza Minisitiri w’Ingabo Nosiviwe Mapisa-Nqakula uherutse gutangaza ko bibabaje kuba ingabo z’u Rwanda zaratanze ibigize umuryango w’akarere ka Afurika y’Amajyepfo (SADC) mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique. Tariki ya 10 Nyakanga 2021 hashize umunsi umwe ingabo […]

RDF yemeje ko yafashe Mocimboa da Praia yifatanyije na FADM

Ibiro by’ingabo z’u Rwanda bimaze kwemeza ko abasirikare b’igihugu bagiye kugarura amahoro n’umutekano mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique bafashe umujyi wa Mocimboa da Praia, bafatanyije n’ingabo z’iki gihugu (FADM). Ubutumwa buri kuri Twitter y’ingabo z’u Rwanda bwabyemeje buti: “Umujyi wa Mocimboa da Praia wari ibirindiro bikomeye by’umutwe w’iterabwoba mu gihe kirenga imyaka ibiri […]

RDC: Abarwanyi 7 bari barafashwe mpiri basimbutse imodoka y’igisirikare, baracika

Abarwanyi barindwi (7) bari barafashwe mpiri b’umutwe witwaje intwaro wa CODECO ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) basimbutse imodoka y’igisirikare yari ibatwaye, baracika. Igitangazamakuru ActualitĂ© kivuga ko byabereye kuri masangano y’imihanda ya Capa ubwo bajyanwaga muri gereza nkuru ya Bunia kugira ngo bafungirwemo, mu gihe bagikurikiranwa n’ubushinjacyaha bwa gisirikare ku rwego […]

Gen. Rwabantu wari ufite inshingano ikomeye mu ngabo za Uganda yapfuye

Maj. Gen. Stephen Rwabantu wari Umugaba wungirije w’Inkeragutabara mu ngabo za Uganda yapfuye mu ijoro ryo kuri uyu wa 7 Kanama 2021, azize uburwayi. Umuvugizi wa Minisiteri y’Ingabo, Brig. Gen. Flavia Byekwaso yatangaje ko Gen. Rwabantu yaguye mu bitaro bya Kampala. Itangazo rye ririhanganisha umuryango n’inshuti za nyakwigendera, riti: “Minisiteri y’ingabo na UPDF byifatanyije mu […]

Umwana utera imbere ntafashe ababyeyi ni ikivume, tuzamugira igicibwa_Perezida Ndayishimiye

neva1.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yasabye abana bamaze gutera imbere gufasha ababyeyi babo batishoboye, ngo utazabikora azitwa ikivume kitagira icyo kimaze, gikwiye gucibwa. Uyu Mukuru w’Igihugu yabibasabiye ku ivuko rye mu mudugudu wa Mutama, Komini Giheta mu ntara ya Gitega kuri uyu wa 6 Kanama 2021 ubwo u Burundi bwizihizaga umunsi ngarukamwaka wo […]

Mata-Kanama 2021: U Rwanda rwasuwe n’Abakuru b’Ibihugu 5

fatshi-3.jpg

Ibihugu by’amahanga bikomeje gushimangira umubano mwiza n’u Rwanda, aho mu mezi ane ashize yonyine, hagaragaye umubare munini w’ababiyoboye barusuye, habaho isinywa ry’amasezerano atandukanye arebana n’ibikorwa by’iterambere. Byatangiye muri Mata ubwo Perezida wa Repubulika ya Mozambique, Filipe Nyusi yasuraga iki gihugu mu ruzinduko rutavuzweho cyane. Igitangazamakuru Africa Intelligence gikunze gukora inkuru z’umutekano kivuga ko uyu Mukuru […]

Padiri Buhanga uherutse kwicwa n’ikamyo yashyinguwe

impanuka.jpg

Padiri Mukuru wa Paruwasi Gatolika ya Cyahinda muri Diyosezi ya Butare, Buhanga Jean Claude uherutse gupfira mu mpanuka yatewe n’ikamyo, yashyinguwe kuri uyu wa 7 Kanama 2021. Uyu muhango witabiriwe na Musenyeri Philippe Rukamba uyoboye diyosezi, Musenyeri Smaragde Monyintege uyoboye diyosezi ya Kabgayi na Musenyeri Edouard Sinayobye uyoboye diyosezi ya Cyangugu. Mbere y’uko ashyingurwa, muri […]

Abana bicwa n’inzara kandi twarawuhinze_Abahinzi b’umuceri nyuma yo kuwusarura

Abahinzi b’umuceri mu bishanga bya Mukunguri mu Karere ka Ruhango, ibya Gishandaro na Gisenyi mu Karere ka Ngoma, icya Kabuye mu Mujyi wa Kigali n’ahandi
barataka kuko ngo ntibemerewe kurya ku musaruro wabo, ubikoze yitwa umujura bikanamuviramo gutakaza ubutaka bwose yawuhingagaho. Uwo mu gishanga cya Mukunguri mu kiganiro yagiranye na TV1, yatangaje ati: “Aha mu Ruhango […]

Col. Barija wahawe ikiruhuko mu ngabo aringinga Museveni ngo amuhe ipeti rya ‘Brigadier General’

Col. Charles Barija mbere gato y’uko ahabwa ikiruhuko cy’izabukuru mu ngabo za Uganda kuri uyu wa 5 Kanama 2021, yasabye yinginga Perezida akaba n’Umugaba w’Ikirenga ko yamuzamura ku ipeti rya ‘Brigadier General’ nk’umuntu wamaze igihe kirekire ari umusirikare kandi agakora inshingano neza. Uyu musaza winjiye mu gisirikare mu mwaka w’1979 yashimiye Perezida Museveni wamugiriye icyizere, […]

U Burundi bwashyikirije u Rwanda abana 7 bwari bwarafashe, bunarutwerera ibinyobwa byo kuganura

img-20210806-wa0052.jpg

Guverinoma y’u Burundi yashyikirije u Rwanda abana 7 inzego zishinzwe umutekano zafatiye ku butaka bwabwo, hafi y’umupaka uhuza ibihugu byombi, inarutwerera ibinyobwa byo kuganura. Uyu muhango wabereye mu Kagari ka Remera, Umurenge wa Ruheru w’Akarere ka Nyaruguru kuri uyu wa 6 Kanama 2021, witabirwa n’Umuyobozi w’Intara ya Kayanza mu Burundi, Col. Remy Cishahayo watanze aba […]

Hari impungenge za ba mudahusha_Umusesenguzi Hanlon ku rugamba rwa RDF/FADM n’intagondwa

han.jpg

Umusesenguzi Joseph Hanlon uri gukurikirana urugamba ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Mozambique (FADM) zihanganyemo n’intagondwa zegamiye ku idini ya Isilamu mu duce dutandukanye tw’intara ya Cabo Delgado, avuga ko hari impungenge z’ibitero bya ba mudahusha. Hanlon avuga ko ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique ziyemeje kugarura umutekano wa Cabo Delgado cyane cyane mu gace ka Palma […]

Uganda irohereza abandi Banyarwanda 23

Guverinoma ya Uganda kuri uyu wa 6 Kanama 2021 iroherereza u Rwanda abandi Banyarwanda 23 bari bafungiweyo, ibacishije ku mupaka wa Kagitumba uhuza ibihugu byombi. New Times dukesha aya makuru aba Banyarwanda barimo abagabo 19, abagore 3 n’umwana umwe, ubu bakiri mu maboko y’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka ku ruhande rwa Uganda, mbere y’uko boherezwa mu […]

Polisi ya Uganda yazamuye mu ntera Chemutai wegukanye umudari wa zahabu muri Olempike

fb_img_16282396817424510.jpg

Polisi ya Uganda yahaye ipeti ryisumbuye Peruth Chemutai uherutse kwegukana umudari wa zahabu mu kwiruka, mu mikino ya Olempike 2020 iri kubera mu Buyapani. Chemutai uhagarariye Uganda mu mukino wo kwiruka yabaye uwa mbere mu kwiruka metero 3000, mu cyiciro cy’abagore tariki ya 4 Kanama 2021, akaba ari we munya Uganda wa mbere wegukanye uyu […]

Ruhango: Babeshywe ko umuntu wabo yapfiriye muri gereza, bategura umuhango wo kumushyingura

Umuryango utuye mu Mudugudu wa Kasemahundo, Akagari ka Bunyogombe, Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango waguye mu kantu nyuma yo kumenya ko umuntu wawo wateguriraga umuhango wo kumushyingura akiri muzima, kandi wari wakiriye amakuru y’uko yamaze gupfa. Mu kiganiro abagize uyu muryango bagiranye na TV1 dukesha iyi nkuru, bavuze ko hari umugenzi wabwiye abaturanyi […]

Guverinoma ya Uganda irahakana ibyo kwivanga muri politiki ya Kenya

Guverinoma ya Uganda yahakanye amakuru avuga ko iri kwivanga muri politiki ya Kenya, yakurikiwe n’uruzinduko rwa Visi Perezida, William Ruto ruherutse kuburizwamo ubwo yageraga ku kibuga cy’indege. Muri uru ruzinduko rwa Visi Perezida Ruto n’itsinda ry’abantu barindwi bari bamuherekeje, byavuzwe ko bagombaga kwakirwa hashingiwe ku biteganywa na dipolomasi, ndetse ngo bari guhura na Perezida wa […]

Nyamirambo: Ikamyo yahitanye umusore, imusanze mu nzira y’abanyamaguru

Ikamyo yari ifite umuvuduko mwinshi kuri uyu wa 5 Kanama 2021 yiciye ahitwa Sun City mu Murenge wa Nyamirambo w’Akarere ka Nyarugenge umusore uri mu kigero cy’imyaka 25 na 30 wari uvuye gupagasa, imusanze mu nzira yagenewe abanyamaguru. Abaturage babonye iyi mpanuka iba babwiye Bwiza ko umushoferi w’iyi kamyo byagaragaraga ko yabuze feri, yabonye ishobora […]

Perezida Touadéra wa CAR ari mu Rwanda

touad1.jpg

Ibiro bya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Village Urugwiro, bimaze gutangaza ko Perezida wa Repubulika ya Centrafurika, Faustin-Archange TouadĂ©ra yamaze gusesekara mu gihugu. Ku rubuga rwa Twitter, Village Urugwiro yagize iti: “Perezida Faustin-Archange TouadĂ©ra ageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, muri gahunda y’uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.” Mu ruzinduko rw’iminsi ibiri Perezida TouadĂ©ra afite mu […]

Perezida Museveni araha ikiruhuko ba ‘General’ 14 mu ngabo z’igihugu

Perezida wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ingabo w’Ikirenga, Yoweri Museveni kuri uyu wa 5 Kanama 2021 araha ikiruhuko cy’izabukuru abasirikare 14 b’amapeti ya jenerali (General). Umuvugizi wa Minisiteri y’Ingabo za Uganda, Brig. Gen. Flavia Byekwaso yatangaje ko umuhango wo kubasezeraho urabera ku biro by’Umukuru w’Igihugu. Hari kandi abofisiye bakuru 604, abofisiye n’abasirikare bato barajya mu kiruhuko, […]

Urugo rw’uwahoze ari nyiri Nakumatt rugiye gutezwa cyamunara

Urugo rwa Atul Shah wari nyir’ikigo cy’ishoramari cya Nakumatt cyari gifite amasoko manini mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, ruzatezwa cyamunara tariki ya 24 Kanama 2021. Uru rugo rwiswe ruherereye mu gace ka Lavington i Nairobi muri Kenya rugiye gutezwa cyamunara bitewe n’ideni Shah abereyemo banki ya KCB ringana n’amashilingi ya Kenya miliyoni 30 muri miliyari […]

Leta irishyuza Umurundikazi imisoro y’amafaranga arenga miliyari 52

Ikigo cy’u Burundi gishinzwe gukusanya imisoro n’amahoro, OBR, kirishyuza Umurundikazi witwa Nitereka Charlotte imisoro y’amafaranga akoreshwa iwabo (FBU) miliyari 52,683,428.785 (miliyari zirenga 26 z’amafaranga y’u Rwanda). Itangazo rigaragara ku rubuga rwa Twitter rwa OBR ryashyizweho umukono na Komiseri Mukuru wayo, Pacifique Munyenshongore tariki ya 3 Kanama 2021, rirebana n’ukwishuza Nitereka, rigira riti: “Ikigo gishinzwe gukusanya […]

Covid-19: Ibihugu 5 bya EAC biri ku rutonde rushya rutukura rw’u Bwongereza

Guverinoma y’u Bwongereza yashyize ibihugu 5 byo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ku rutonde rutukura rugaragaramo ibirimo ubwandu bukabije bw’icyorezo cya Covid-19. Muri uyu muryango ugizwe n’ibihugu 6, Sudani y’Epfo yonyine ni yo itari kuri uru rutonde. Birumvikana ko ibiruriho ari: u Rwanda, u Burundi, Uganda, Tanzania na Kenya. Abaturuka muri ibi bihugu bageze […]

Kabuga w’imyaka hafi 90…ntazi aho ari, ntazi n’ibiri kumubaho_Umuryango we

Umuryango wa Kabuga FĂ©licien wagaragaje ko utewe impungenge n’ubuzima bwe mu gihe amaze umwaka urenga akurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nk’uko bigaragara mu itangazo washyize hanze tariki ya 3 Kanama 2021, uvuga ko Kabuga w’imyaka 88 y’amavuko ufungiwe muri kasho y’urwego rw’ubutabera rw’Umuryango w’Abibumbye (UN) rwashyiriweho u Rwanda, i La Haye mu […]

Umubyeyi yarize arahogora kubera ko umwana we yoherejwe ku ishuri ridasobanutse

Umubyeyi witwa Rachel Amogola utuye mu Karere ka Murang’a muri Kenya yaririye mu ruhame, arahogora, abitewe n’uko Leta yohereje umukobwa we kwiga ku ishuri avuga ko ridasobanutse. Uyu mubyeyi yabwiye televiziyo K24 ko umukobwa we witwa Hildah Anatwa yari yaratoranyijwe mu bagomba kwiga mu ishuri rya Leta ryiza ryigaho abakobwa gusa ryitwa Mugoiri Girls, ubwo […]

Mozambique: RDF na FADM bigaruriye agace ka Awasse kose

e77_iu4xsaan7zp.jpg

Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Mozambique (FADM) zigaruriye agace ka Awasse kari mu ntara ya Cabo Delgado kose, kari kakirimo abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wegamiye kuri Isilamu. RDF na FADM nyuma yo kwigarurira aka gace kose, beretse abahagarariye ingabo z’ibindi bihugu ziri muri Mozambique ibyo bambuye aba barwanyi birimo intwaro, banabamurikira ahatunganyirizwa umuriro w’amashanyarazi naho hari […]

Umusore yihinduye nk’umukobwa kugira ngo akorere umukunzi ikizamini

Umusore wo muri SĂ©nĂ©gal witwa Khadim Mboup usanzwe ari umunyeshuri muri kaminuza yihinduye nk’umukobwa kugira ngo akorere umukunzi we ikizamini. Uyu musore mu ifoto agaragara yambaye ikanzu y’abagore itukura, yiteze igitambaro bisa, mu ijosi yitamiriye agatambaro k’umukara, yambaye n’agapfukamunwa munsi y’akananwa. Ibitangazamakuru byo muri iki gihugu bivuga ko uyu musore w’imyaka 22 y’amavuko wiyemerera ikosa, […]

Tanzania yiyemeje kurasa inyeshyamba ziri guhunga ibitero bya RDF na FADM

Polisi ya Tanzania yiyemeje kurasa abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba bari guhunga ibitero by’ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Mozambique (FADM) mu ntara ya Cabo Delgado. Umuyobozi wa Polisi, IGP Simon Sirro yabivuze ubwo yatangazaga operasiyo yo guhigira mu gace ka Kibiti no mu nkengero izi nyeshyamba zimaze imyaka itatu zihungabanya umutekano wa Cabo Delgado, zikomeje kuhahungira. IGP […]

Perezida Kagame yahaye ikiruhuko abofisiye muri Polisi na RCS

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa 3 Kanama 2021 yashyize abofisiye bakuru n’abato muri Polisi y’u Rwanda n’urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagorobwa, RCS, mu kiruhuko cy’izabukuru. Abapolisi bashyizwe mu kiruhuko ni 112 bari ku rwego rw’aba ofisiye bakuru n’abato. Barimo ACP Anthony Kulamba uyobora ishami rishinzwe gutwara abantu n’ibintu muri RURA, […]