Itsinda ry’abasirikare kabuhariwe bo muri USA ritegerejwe mu burasirazuba bwa RDC
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko itsinda ryâabasirikare bâigihugu cye bashinzwe ibikorwa bidasanzwe ritegerejwe mu burasirazuba bwâiki gihugu bumaze igihe kirekire burangwa nâibibazo byâumutekano muke. Itangazo rigenewe itangazamakuru iyi Ambasade yasohoye kuri uyu wa 13 Kanama 2021, rivuga ko iri tsinda riragirira uruzinduko mu burasirazuba […]
Tanzania: Abagore basabye ubuyobozi guhwitura abagabo babo bakomeje kubonka, abana bakabura amashereka
Abagore bonsa bo mu gace ka Tanga, Akarere ka Handeni muri Tanzania, basabye ubuyobozi kubahwiturira abagabo bakomeje kubonka, bagatuma abana babura amashereka. Aba bagore bagejeje iki kibazo ku muyobozi wâakarere Siriel Mchembe mu ntangiriro zâiki cyumweru, ubwo bizihizaga umunsi mukuru wahariwe konsa, wabereye mu gace ka Mkata. Uyu muyobozi nyuma yo kumva akababaro kâaba babyeyi, […]
Gen. Mabeyo uyobora ingabo za Tanzania ari mu Burundi

Umugaba Mukuru wâIngabo za Tanzania, Gen. Venance Salvatory Mabeyo ari mu ruzinduko rwâakazi mu Burundi guhera kuri uyu wa 12 Kanama 2021. Ibiro byâingabo zâu Burundi, FDNB, bivuga ko Gen. Mabeyo yageze mu mujyi wa Bujumbura saa kumi nâigice zâumugoroba. FDNB yagize iti: âGeneral Venance Salvatory Mabeyo, Umugaba Mukuru wâIngabo za Repubulika Yunze Ubumwe ya […]
Icyo RDF ivuga ku mutwe wâiterabwoba wa IS watangiye kwibasira u Rwanda
Nyuma yâaho umutwe wâiterabwoba wa IS (Islamic State) wibasiye u Rwanda kubera ko ingabo zarwo zikomeje kurwanya intagondwa ziwegamiyeho mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, Umuvugizi wâingabo zarwo Col. Rwivanga yavuze ko ziteguye guhashya izi ntagondwa mu gihe zatera igihugu. IS iherutse gusohora itangazo ryamagana ibikorwa bya RDF muri Mozambique, ivuga ko u Rwanda […]
Umuhungu wa Kadhafi wavuze ko ashaka kuyobora Libya, yatangiye gushakishwa nâubutabera
Ubushinjacyaha bwa Libya bwasohoye impapuro zo guta muri yombi umuhungu wa Muammar Kadhafi witwa Saif al-Islam uherutse gutangaza ko ashaka kuyobora iki gihugu cyamaze igihe kirekire kiyobowe na se mbere yo kwicwa. Mu kiganiro yagiranye na New York Times mu mpera za Nyakanga 2021, Saif wari umaze imyaka igera ku 10 ari mu bwihisho, yavuze […]
Dr Mukwege ntiyumva ukuntu abari abarwanyi ba RCD, CNDP na M23 badakurikiranwa nâubutabera
Umuganga wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) wahawe igihembo cyâamahoro cyitiriwe Nobel mu 2018, Dr Denis Mukwege ntiyumva ukuntu abahoze ari abarwanyi bâimitwe yitwaje intwaro ya RCD-Goma, CNDP na M23 badakurikiranwa nâubutabera. Mu itangazo Dr Mukwege yashyize ahagaragara tariki ya 10 Kanama 2021, avuga ko ubusanzwe raporo zâUmuryango wâAbibumbye zagiye zishinja ibyaha byâintambara […]
Gatsibo: Abapolisi nâabagenzacyaha bakekwaho uruhare mu rupfu rwâumuturage batawe muri yombi
Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abapolisi babiri, abagenzacyaha babiri nâabaturage; bose bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwâuwitwa Ntabajyana Laurent wapfiriye muri kasho ya Rugarama mu Karere ka Gatsibo. Abo mu muryango wa nyakwigendera bavuga ko yari amaze iminsi atawe muri yombi na RIB akurikiranweho guhoza ku nkeke umugore we, afungirwa muri iyi sitasiyo […]
Kwikingiza Covid-19 bishobora kuba itegeko ku bakozi ba Leta
Minisitiri wâUbutegetsi bwâIgihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yatangaje ko mu minsi iri imbere, abakozi ba Leta bazajya babazwa ibyangombwa byerekana ko bikingije icyorezo cya Covid-19. Minisitiri Gatabazi yabitangarije mu kiganiro yagiriye kuri televiziyo yâigihugu kuri uyu wa 12 Kanama 2021 kirebana nâibyemezo inama yâabaminisitiri yaraye ifashe, birebana no gukumira no kurwanya iki cyorezo. Nyuma yâaho […]
Uganda yaba iri gutegura gahunda yo kohereza abasirikare muri Mozambique
Guverinoma ya Uganda mu minsi iri imbere nayo ishobora kohereza abasirikare mu butumwa bwâamahoro mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique yibasiwe nâintagondwa zâumutwe wâiterabwoba wegamiye kuri IS (Islamic State) mu myaka irenga itatu ishize. Ni igikorwa cyaba gishingiwe ku biganiro ibihugu byombi biri kugirana, birimo icyo Gen. (Rtd) Ivan Koreta woherejwe nkâintumwa ya Perezida […]
Abayisenga watwitse kiliziya mu Bufaransa, ukekwaho kwica Padiri, ngo ntiyabaye kadogo w’Inkotanyi
Umuryango wa Abayisenga Emmanuel watwitse kiliziya katedarali ya Nantes mu Bufaransa muri Nyakanga 2020, unakurikiranweho kwica umupadiri witwa Olivier Maire, wahakanya ibyatangajwe ko yabaye kadogo wâingabo za FPR Inkotanyi. Se wabo witwa Joseph Murasampongo utuye mu Bubiligi, mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru wa Radio Ijwi rya Amerika, yavuze ko ibitangazamakuru byo mu Bufaransa birimo La Croix […]
Uganda yohereje abandi Banyarwanda 32 yari ifunze
Leta ya Uganda mu gitondo cyâuyu wa 12 Kanama 2021 yoherereje u Rwanda abandi Banyarwanda 32 bari bamaze igihe bafungiweyo, ibanyujije ku mupaka wa Kagitumba. Aba barimo abagabo 24, abagore batanu nâabana batatu, bakaba bari bafungiwe muri kasho zâurwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza, CMI. Muri uku kwezi, Uganda imaze kohereza Abanyarwanda 68. Abandi ni 23 […]
Musanze: Mutwarasibo yakase ikiganza cya SEDO, akoresheje urukero
Umuyobozi wâisibo (Mutwarasibo) mu Kagari ka Cyabararika, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze yakase ikiganza cyâumuyobozi ushinzwe iterambere nâimibereho yâabaturage (SEDO) Twagirayezu Olivier, akoresheje urukero rukoreshwa mu bwubatsi. Radio Musanze dukesha iyi nkuru ivuga ko kuri uyu wa 11 Kanama 2021, Mutwarasibo wâimyaka 37 yâamavuko yubakaga inzu adafite ibyangombwa bibimwemerera. SEDO ngo yahageze, abuza […]
Goma: Abantu 243 barimo Abanyarwanda bafashwe bakekwaho guteza umutekano muke
Inzego zishinzwe umutekano za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) zakoze umukwaku mu mujyi wa Goma, zifata abantu 243 bakekwaho guteza umutekano muke. Komanda wâakarere ka gisirikare ka 34 Goma iherereyemo, Brig. Gen. Tshinkobo Guylain yabwiye itangazamakuru ko aba bafatiwe mu duce twa Mikeno na Mapendo kuri uyu wa 11 Kanama 2021, harimo abafite imihoro […]
Guverinoma y’u Rwanda yoroheje ingamba zo kurwanya Covid-19

Inama yâAbaminisitiri yateranye kuri uyu wa 11 Kanama 2021 yoroheje ingamba nâamabwiriza byo kurwanya icyorezo cya Covid-19 zari zarashyizweho mu ntangiriro zâuku kwezi. Mu ngamba nâamabwiriza yorohejwe harimo: Kongera amasaha yo gutahiraho, avanwa kuri saa kumi nâebyiri zâumugoroba agezwa kuri saa mbiri zâijoro, gusa ibikorwa byose bikaba bigomba gufunga saa moya zâumugoroba. Imodoka zitwara abagenzi […]
Perezida Museveni yahaye abatwaye imidari ya zahabu muri olempike imodoka, bazajya banahembwa Shs miliyoni 5

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni kuri uyu wa 11 Kanama 2021 yahaye imodoka nziza abakinnyi bahagarariye igihugu mu mikino ya Olempike, bakegukana imidari ya zahabu, anabasezeranya ko bazajya bahembwa amashilingi ya Uganda miliyoni 5 ku kwezi. Nk’uko Daily Monitor yabitangaje, Perezida Museveni yabivugiye mu muhango wo kwakira aba bakinnyi mu rwego rwo kubashimira […]
Abasirikare ba Uganda bari muri GuinĂ©e Equatorial bashyize hanze ibibazo byâingutu bafitanye na Komanda wabo

Abasirikare ba Uganda barinda Perezida wa GuinĂ©e Equatorial, abandi bayobozi bakuru nâibikorwa byâiterambere bavuga ko bashobora gukora igisa nâimyigaragambyo bitewe nâumuyobozi wabo, Col. James Kato Kyebara. Aba basirikare barashinja Col. Kato kubafata nabi, kubakorera ivangura, gukura mu nshingano buri wese utemeranya nawe ndetse no kumusubiza muri Uganda. Ibi byose bavuga ko bikorerwa abasirikare bato, abofisiye […]
Rwamagana: Umupolisi yishe umusore warenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19
Umupolisi witwa Siboniyo Jean d’Amour ukorera mu Karere ka Rwamagana yishe arashe umusore witwa Iradukunda Elissa uzwi nka Ndimbati warenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, bivugwa ko yagerageje kumurwanya no kumwambura imbunda. Byabereye mu Mudugudu wa Kiyovu, Akagari k’Akanzu mu Murenge wa Nzige mu masaa moya y’umugoroba wo ku wa Mbere, tariki ya 9 Kanama […]
Perezida Samia yagiriye icyizere abakiri bato, abaha ubuyobozi (Amafoto)

Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan mu ntangiriro zâuku ukwezi yakoze amavugurura mu nzego zâubuyobozi bwa Leta kuva ku nzego zo hasi, aho bigaragara ko yagiriye icyizere abakobwa nâabagore bakiri bato. Aba bahawe imyanya ku rwego rwâuturere barimo abayobozi bungirije, abayobozi nshingwabikorwa bungirije nâabayobozi mu nama njyanama. Nka Rose Manumba, yamugize […]
Goma: Major na Captain bagejejwe mu rukiko nyuma yo guterana amakofe

Abofisiye bakuru babiri mu ngabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo; Major Rimenze Kangingo Bisimwa na Captain Mukando Muzito Paulin kuri uyu wa 9 Kanama 2021 bagejejwe imbere yâurukiko rwa gisirikare rwa Goma. Maj Bisimwa na Capt. Muzito bagaragaye barwanira ku kibuga cyâindege mpuzamahanga cya Goma tariki ya 3 Kanama 2021, bafatwa amashusho asakazwa ku […]
Ingabo zidasanzwe za Kenya zasanze iza Tanzania muri Beni, iza Afurika yâEpfo na NĂ©pal ziri mu nzira

Umutwe wâingabo zidasanzwe za Kenya wageze muri Teritwari ya Beni mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), usanzeyo uwa Tanzania, uwa Afurika yâEpfo nâuwa NĂ©pal na yo ikaba itegerejwe mu gihe cya vuba. Izi ngabo zagiye kwihuriza mu mutwe wihariye ushinzwe kongerera imbaraga ingabo za RDC nâizâumuryango ziriyo mu butumwa […]
RED-Tabara nyuma yâaho u Rwanda ruhaye u Burundi abarwanyi bayo 19, ngo ntizacika intege
Umutwe witwaje intwaro wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwâu Burundi, watangaje ko utazacika intege ngo uhagarike ibikorwa byayo, nyuma yâaho u Rwanda rushyikirije iki gihugu abarwanyi 19 bawo. Itangazo ryasohowe nâUmuvugizi wâuyu mutwe, Patrick Nahimana kuri uyu wa 9 Kanama 2021, rivuga ko iki gikorwa cyagenzuwe nâurwego rwâakarere kâibiyaga bigari rushinzwe umutekano wo mbibi, EJVM, kidasanzwe […]
Gakenke: Umuyobozi mu Murenge akurikiranweho gutema mu mutwe uwari umugore we
Umuyobozi ushinzwe irangamimerere (Etat-Civile) mu Murenge wa Cyabingo wâAkarere ka Gakenke, Habarurema Jephte aravugwaho gutera urugo rwâuwari umugore we Mukamusoni EspĂ©rance ruherereye mu Murenge wa Rugarama wâAkarere ka Burera, akamutema mu mutwe. Byabereye mu Mudugudu wa Rutambi, Akagari ka Gafumba mu ijoro rya tariki ya 8 Kanama 2021. Mukamusoni avuga ko uyu mugabo babyaranye abana […]
Umusaza yakatiwe nyuma yo gufatanwa igifaru yari amaze igihe abitse mu rugo rwe

Umusaza wâUmudage ufite imyaka 84 yâamavuko tariki ya 2 Kanama 2021 yakatiwe igifungo gisubitse cyâamezi 14, anacibwa ihazabu ingana nâamadolari ya Amerika 293,972 azira gutunga intwaro zirimo igifaru mu buryo butemewe nâamategeko. BBC ivuga ko urugo rwâuyu musaza wigeze kuba umusirikare ruherereye mu gace ka Heikendorf mu majyaruguru yâu Budage rwafatiwemo izi ntwaro mu 2015, […]
Perezida Samia atewe impungenge nâuko gahunda yo gukingira abaturage ishobora guhagarara
Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan yatangaje ko atewe impungenge nâuko inkingo igihugu cye cyahawe zigiye gushira vuba, igikorwa cyo gukingira abaturage kigahagarara. Perezida Samia yagaragaje izi mpungenge mu kiganiro yagiranye na BBC cyibandaga ku mitegekere ye kuva yaba Umukuru wâIgihugu, asimbuye Dr John Pombe Magufuli wapfuye. Ku butegetsi bwa Dr […]
Mu 2020, Abanyarwanda barenga 2000 basabye kwemezwa nk’impunzi

Ishami ryâUmuryango wâAbibumbye ryita ku mpunzi, UNCHR, rivuga ko mu mwaka wâ2020 Abanyarwanda 2364 baba mu bihugu bitandukanye bayandikiye bayisaba kwemezwa nkâimpunzi. Aba barimo 578 baba muri Uganda, 514 baba muri Malawi, 275 baba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, 164 baba muri Mozambique, 157 baba muri Canada,125 baba mu Bubiligi, 115 baba muri Kenya, […]
RDC: Padiri yapfiriye muri misa
Padiri witwa Henri Bendebamanye wakoreraga muri diyosezi gatolika ya Lukweba mu Ntara ya KasaĂŻ Central muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yapfuye ari muri misa. Urupfu rwa Padiri Bendebamanye rwabaye tariki ya 8 Kanama 2021 ubwo yari yitabiriye umuhango wo kurahiza ababikira bashya no kwizihiza imyaka 25 umubikira witwa Astrida Kapinga amaze kuri iyi […]
Kugira ibitekerezo binyuranye ntibigira abantu abanzi_Sadate wishimiye guhura na Karenzi

Umukunzi ukomeye wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate yagaragaje kunyurwa nyuma yo guhurira mu kiganiro mpaka nâumunyamakuru wa siporo Sam Karenzi basanzwe batavuga rumwe. Sadate na Karenzi bahuriye muri sitidiyo (studio) ya Televiziyo yâu Rwanda kuri uyu wa 8 Kanama 2021, mu kiganiro CafĂ© Sport batumiwemo na Eddy Sabiti, bajya impaka ku iterambere ryâiyi kipe. Nyuma […]
RDC: Umuyobozi Mukuru yirukanwe, yaba azira amafaranga yâubukerarugendo u Rwanda rwinjirije igihugu
Umuyobozi Mukuru wâIkigo cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) gishinzwe kubungabunga ibidukikije kizwi nka ICCN, Past. Dr Cosma Wilungula yirukanwe kuri izi nshingano. Ibaruwa imwirukana yasohowe na Minisiteri yâIbidukikije tariki ya 7 Kanama 2021, gusa ntisobanura impamvu uyu Muyobozi Mukuru yirukanwe kuri iyi nshingano, nkâuko ibiro ntaramakuru byâAbongereza, Reuters, byabitangaje. Gusa umwe mu bayobozi […]
Umuvugizi wa Guverinoma ya Uganda yibasiye Umwami wa Buganda
Umuvugizi wa Guverinoma ya Uganda, Ofwono Opondo yibasiye Umwami wa Buganda, Kabaka Ronald Mwenda Mutebi II, amushinja gushaka kubangamira uburenganzira bwâabaturage ku butaka bwo mu gihugu. Mu nkuru yatambutse mu kinyamakuru cya New Vision, Ofwono yamenyesheje Kabaka Mutebi II ko abanya-Uganda batamusaba imbabazi ngo abahe uburenganzira kuri ubu butaka, anamubwira ko ubwami uretse kuba bwaremewe […]
RDF ivuga ko izubaka inzego zâumutekano za Mozambique nyuma yo guhashya intagondwa
Umuvugizi wâingabo zâu Rwanda, Col. Ronald Rwivanga yatangaje ko nyuma yo guhashya intagondwa zâumutwe wâiterabwoba wegamiye kuri Islamic State zimaze imyaka irenga itatu zihungabanya umutekano wâintara ya Cabo Delgado muri Mozambique, hazakurikiraho kubaka inzego zâumutekano zâiki gihugu. Col. Rwivanga yabitangarije Taarifa nyuma yâaho kuri uyu wa 8 Kanama 2021 izi ngabo hamwe nâiza Mozambique zigaruriye […]
Gicurasi-Kanama 2021: Abasirikare bakuru baturutse mu bihugu 5 basuye u Rwanda

Kuva muri Gicurasi kugeza muri uku kwezi kwa Kanama 2021, u Rwanda rumaze gusurwa nâabasirikare bakuru baturutse mu bihugu bitanu. Izi nzinduko zatangiye tariki ya 8 Gicurasi 2021 ubwo Umugaba Mukuru wâIngabo za Repubulika ya Centrafurika, Maj. Gen. Zephlin Mamadou yasuraga iki gihugu aherekejwe nâitsinda ryâimpuguke mu bya gisirikare. Muri uru ruzinduko Gen. Zephlin nâiri […]
Ba Perezida 2 bagendereye u Rwanda, RDF na FADM babohoza Awasse na Mocimboa, u Burundi bwahaye u Rwanda umuganura; inkuru zâicyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 2 Kanama cyaranzwe nâamakuru yâingenzi yiganjemo arebana na politiki yâububanyi nâamahanga, umutekano, umutekano nâubuzima. Harimo: Uruzinduko rwa ba Perezida babiri mu Rwanda Tariki ya 2 Kanama, Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan yagiriye uruzinduko rwâiminsi ibiri mu Rwanda, rwaranzwe no gusura ibikorwa byiganjemo ibirebana nâinganda. Uru […]
Afurika yâEpfo: Minisitiri wababajwe n’uko ingabo zâu Rwanda zatanze iza SADC muri Mozambique yasimbujwe
Perezida wa Afurika yâEpfo, Cyril Ramaphosa ku wa 5 Kanama 2021 yakoze impinduka muri guverinoma, asimbuza Minisitiri wâIngabo Nosiviwe Mapisa-Nqakula uherutse gutangaza ko bibabaje kuba ingabo zâu Rwanda zaratanze ibigize umuryango wâakarere ka Afurika yâAmajyepfo (SADC) mu butumwa bwâamahoro mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique. Tariki ya 10 Nyakanga 2021 hashize umunsi umwe ingabo […]
RDF yemeje ko yafashe Mocimboa da Praia yifatanyije na FADM
Ibiro by’ingabo z’u Rwanda bimaze kwemeza ko abasirikare b’igihugu bagiye kugarura amahoro n’umutekano mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique bafashe umujyi wa Mocimboa da Praia, bafatanyije n’ingabo z’iki gihugu (FADM). Ubutumwa buri kuri Twitter y’ingabo z’u Rwanda bwabyemeje buti: “Umujyi wa Mocimboa da Praia wari ibirindiro bikomeye by’umutwe w’iterabwoba mu gihe kirenga imyaka ibiri […]
RDC: Abarwanyi 7 bari barafashwe mpiri basimbutse imodoka yâigisirikare, baracika
Abarwanyi barindwi (7) bari barafashwe mpiri bâumutwe witwaje intwaro wa CODECO ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) basimbutse imodoka yâigisirikare yari ibatwaye, baracika. Igitangazamakuru ActualitĂ© kivuga ko byabereye kuri masangano yâimihanda ya Capa ubwo bajyanwaga muri gereza nkuru ya Bunia kugira ngo bafungirwemo, mu gihe bagikurikiranwa nâubushinjacyaha bwa gisirikare ku rwego […]
Gen. Rwabantu wari ufite inshingano ikomeye mu ngabo za Uganda yapfuye
Maj. Gen. Stephen Rwabantu wari Umugaba wungirije wâInkeragutabara mu ngabo za Uganda yapfuye mu ijoro ryo kuri uyu wa 7 Kanama 2021, azize uburwayi. Umuvugizi wa Minisiteri yâIngabo, Brig. Gen. Flavia Byekwaso yatangaje ko Gen. Rwabantu yaguye mu bitaro bya Kampala. Itangazo rye ririhanganisha umuryango nâinshuti za nyakwigendera, riti: âMinisiteri yâingabo na UPDF byifatanyije mu […]
Umwana utera imbere ntafashe ababyeyi ni ikivume, tuzamugira igicibwa_Perezida Ndayishimiye

Perezida wa Repubulika yâu Burundi, Evariste Ndayishimiye yasabye abana bamaze gutera imbere gufasha ababyeyi babo batishoboye, ngo utazabikora azitwa ikivume kitagira icyo kimaze, gikwiye gucibwa. Uyu Mukuru wâIgihugu yabibasabiye ku ivuko rye mu mudugudu wa Mutama, Komini Giheta mu ntara ya Gitega kuri uyu wa 6 Kanama 2021 ubwo u Burundi bwizihizaga umunsi ngarukamwaka wo […]
Mata-Kanama 2021: U Rwanda rwasuwe nâAbakuru bâIbihugu 5

Ibihugu byâamahanga bikomeje gushimangira umubano mwiza nâu Rwanda, aho mu mezi ane ashize yonyine, hagaragaye umubare munini wâababiyoboye barusuye, habaho isinywa ryâamasezerano atandukanye arebana nâibikorwa byâiterambere. Byatangiye muri Mata ubwo Perezida wa Repubulika ya Mozambique, Filipe Nyusi yasuraga iki gihugu mu ruzinduko rutavuzweho cyane. Igitangazamakuru Africa Intelligence gikunze gukora inkuru zâumutekano kivuga ko uyu Mukuru […]
Padiri Buhanga uherutse kwicwa nâikamyo yashyinguwe

Padiri Mukuru wa Paruwasi Gatolika ya Cyahinda muri Diyosezi ya Butare, Buhanga Jean Claude uherutse gupfira mu mpanuka yatewe nâikamyo, yashyinguwe kuri uyu wa 7 Kanama 2021. Uyu muhango witabiriwe na Musenyeri Philippe Rukamba uyoboye diyosezi, Musenyeri Smaragde Monyintege uyoboye diyosezi ya Kabgayi na Musenyeri Edouard Sinayobye uyoboye diyosezi ya Cyangugu. Mbere yâuko ashyingurwa, muri […]
Abana bicwa n’inzara kandi twarawuhinze_Abahinzi b’umuceri nyuma yo kuwusarura
Abahinzi bâumuceri mu bishanga bya Mukunguri mu Karere ka Ruhango, ibya Gishandaro na Gisenyi mu Karere ka Ngoma, icya Kabuye mu Mujyi wa Kigali nâahandiâŠbarataka kuko ngo ntibemerewe kurya ku musaruro wabo, ubikoze yitwa umujura bikanamuviramo gutakaza ubutaka bwose yawuhingagaho. Uwo mu gishanga cya Mukunguri mu kiganiro yagiranye na TV1, yatangaje ati: âAha mu Ruhango […]
Olempike: Ibyishimo byinshi kuri Janet Museveni, ubwo Cheptegei yegukanaga umudari wa zahabu

Umufasha wa Perezida wa Uganda, Janet Museveni, yagaragaye yishimye cyane, ubwo Joshua Cheptegei uhagarariye igihugu mu mukino wo kwiruka yegukanaga umudari wa zahabu mu mikino ya Olempike iri kubera mu Buyapani. Cheptegei waherukaga kwegukana umudari wa kabiri muri iyi mikino, kuri uyu wa 6 Kanama 2021 yabaye uwa mbere mu kwiruka ku ntera ya metero […]
Col. Barija wahawe ikiruhuko mu ngabo aringinga Museveni ngo amuhe ipeti rya âBrigadier Generalâ
Col. Charles Barija mbere gato yâuko ahabwa ikiruhuko cyâizabukuru mu ngabo za Uganda kuri uyu wa 5 Kanama 2021, yasabye yinginga Perezida akaba nâUmugaba wâIkirenga ko yamuzamura ku ipeti rya âBrigadier Generalâ nkâumuntu wamaze igihe kirekire ari umusirikare kandi agakora inshingano neza. Uyu musaza winjiye mu gisirikare mu mwaka wâ1979 yashimiye Perezida Museveni wamugiriye icyizere, […]
U Burundi bwashyikirije u Rwanda abana 7 bwari bwarafashe, bunarutwerera ibinyobwa byo kuganura

Guverinoma yâu Burundi yashyikirije u Rwanda abana 7 inzego zishinzwe umutekano zafatiye ku butaka bwabwo, hafi yâumupaka uhuza ibihugu byombi, inarutwerera ibinyobwa byo kuganura. Uyu muhango wabereye mu Kagari ka Remera, Umurenge wa Ruheru wâAkarere ka Nyaruguru kuri uyu wa 6 Kanama 2021, witabirwa nâUmuyobozi wâIntara ya Kayanza mu Burundi, Col. Remy Cishahayo watanze aba […]
Hari impungenge za ba mudahusha_Umusesenguzi Hanlon ku rugamba rwa RDF/FADM nâintagondwa

Umusesenguzi Joseph Hanlon uri gukurikirana urugamba ingabo zâu Rwanda (RDF) nâiza Mozambique (FADM) zihanganyemo nâintagondwa zegamiye ku idini ya Isilamu mu duce dutandukanye twâintara ya Cabo Delgado, avuga ko hari impungenge zâibitero bya ba mudahusha. Hanlon avuga ko ingabo zâu Rwanda nâiza Mozambique ziyemeje kugarura umutekano wa Cabo Delgado cyane cyane mu gace ka Palma […]
Uganda irohereza abandi Banyarwanda 23
Guverinoma ya Uganda kuri uyu wa 6 Kanama 2021 iroherereza u Rwanda abandi Banyarwanda 23 bari bafungiweyo, ibacishije ku mupaka wa Kagitumba uhuza ibihugu byombi. New Times dukesha aya makuru aba Banyarwanda barimo abagabo 19, abagore 3 nâumwana umwe, ubu bakiri mu maboko yâibiro bishinzwe abinjira nâabasohoka ku ruhande rwa Uganda, mbere yâuko boherezwa mu […]
Polisi ya Uganda yazamuye mu ntera Chemutai wegukanye umudari wa zahabu muri Olempike

Polisi ya Uganda yahaye ipeti ryisumbuye Peruth Chemutai uherutse kwegukana umudari wa zahabu mu kwiruka, mu mikino ya Olempike 2020 iri kubera mu Buyapani. Chemutai uhagarariye Uganda mu mukino wo kwiruka yabaye uwa mbere mu kwiruka metero 3000, mu cyiciro cyâabagore tariki ya 4 Kanama 2021, akaba ari we munya Uganda wa mbere wegukanye uyu […]
Ruhango: Babeshywe ko umuntu wabo yapfiriye muri gereza, bategura umuhango wo kumushyingura
Umuryango utuye mu Mudugudu wa Kasemahundo, Akagari ka Bunyogombe, Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango waguye mu kantu nyuma yo kumenya ko umuntu wawo wateguriraga umuhango wo kumushyingura akiri muzima, kandi wari wakiriye amakuru yâuko yamaze gupfa. Mu kiganiro abagize uyu muryango bagiranye na TV1 dukesha iyi nkuru, bavuze ko hari umugenzi wabwiye abaturanyi […]
Guverinoma ya Uganda irahakana ibyo kwivanga muri politiki ya Kenya
Guverinoma ya Uganda yahakanye amakuru avuga ko iri kwivanga muri politiki ya Kenya, yakurikiwe nâuruzinduko rwa Visi Perezida, William Ruto ruherutse kuburizwamo ubwo yageraga ku kibuga cyâindege. Muri uru ruzinduko rwa Visi Perezida Ruto nâitsinda ryâabantu barindwi bari bamuherekeje, byavuzwe ko bagombaga kwakirwa hashingiwe ku biteganywa na dipolomasi, ndetse ngo bari guhura na Perezida wa […]
Nyamirambo: Ikamyo yahitanye umusore, imusanze mu nzira yâabanyamaguru
Ikamyo yari ifite umuvuduko mwinshi kuri uyu wa 5 Kanama 2021 yiciye ahitwa Sun City mu Murenge wa Nyamirambo wâAkarere ka Nyarugenge umusore uri mu kigero cyâimyaka 25 na 30 wari uvuye gupagasa, imusanze mu nzira yagenewe abanyamaguru. Abaturage babonye iyi mpanuka iba babwiye Bwiza ko umushoferi wâiyi kamyo byagaragaraga ko yabuze feri, yabonye ishobora […]
Perezida Touadéra wa CAR ari mu Rwanda

Ibiro bya Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Village Urugwiro, bimaze gutangaza ko Perezida wa Repubulika ya Centrafurika, Faustin-Archange TouadĂ©ra yamaze gusesekara mu gihugu. Ku rubuga rwa Twitter, Village Urugwiro yagize iti: âPerezida Faustin-Archange TouadĂ©ra ageze ku kibuga cyâindege mpuzamahanga cya Kigali, muri gahunda yâuruzinduko rwâakazi mu Rwanda.â Mu ruzinduko rwâiminsi ibiri Perezida TouadĂ©ra afite mu […]
Perezida Museveni araha ikiruhuko ba âGeneralâ 14 mu ngabo zâigihugu
Perezida wa Uganda akaba nâUmugaba wâIngabo wâIkirenga, Yoweri Museveni kuri uyu wa 5 Kanama 2021 araha ikiruhuko cyâizabukuru abasirikare 14 bâamapeti ya jenerali (General). Umuvugizi wa Minisiteri yâIngabo za Uganda, Brig. Gen. Flavia Byekwaso yatangaje ko umuhango wo kubasezeraho urabera ku biro byâUmukuru wâIgihugu. Hari kandi abofisiye bakuru 604, abofisiye nâabasirikare bato barajya mu kiruhuko, […]
Urugo rwâuwahoze ari nyiri Nakumatt rugiye gutezwa cyamunara
Urugo rwa Atul Shah wari nyirâikigo cyâishoramari cya Nakumatt cyari gifite amasoko manini mu Karere ka Afurika yâIburasirazuba, ruzatezwa cyamunara tariki ya 24 Kanama 2021. Uru rugo rwiswe ruherereye mu gace ka Lavington i Nairobi muri Kenya rugiye gutezwa cyamunara bitewe nâideni Shah abereyemo banki ya KCB ringana nâamashilingi ya Kenya miliyoni 30 muri miliyari […]
Leta irishyuza Umurundikazi imisoro yâamafaranga arenga miliyari 52
Ikigo cyâu Burundi gishinzwe gukusanya imisoro nâamahoro, OBR, kirishyuza Umurundikazi witwa Nitereka Charlotte imisoro yâamafaranga akoreshwa iwabo (FBU) miliyari 52,683,428.785 (miliyari zirenga 26 z’amafaranga y’u Rwanda). Itangazo rigaragara ku rubuga rwa Twitter rwa OBR ryashyizweho umukono na Komiseri Mukuru wayo, Pacifique Munyenshongore tariki ya 3 Kanama 2021, rirebana nâukwishuza Nitereka, rigira riti: âIkigo gishinzwe gukusanya […]
Covid-19: Ibihugu 5 bya EAC biri ku rutonde rushya rutukura rwâu Bwongereza
Guverinoma yâu Bwongereza yashyize ibihugu 5 byo mu Karere ka Afurika yâIburasirazuba (EAC) ku rutonde rutukura rugaragaramo ibirimo ubwandu bukabije bwâicyorezo cya Covid-19. Muri uyu muryango ugizwe nâibihugu 6, Sudani yâEpfo yonyine ni yo itari kuri uru rutonde. Birumvikana ko ibiruriho ari: u Rwanda, u Burundi, Uganda, Tanzania na Kenya. Abaturuka muri ibi bihugu bageze […]
Kabuga w’imyaka hafi 90…ntazi aho ari, ntazi nâibiri kumubaho_Umuryango we
Umuryango wa Kabuga FĂ©licien wagaragaje ko utewe impungenge nâubuzima bwe mu gihe amaze umwaka urenga akurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nkâuko bigaragara mu itangazo washyize hanze tariki ya 3 Kanama 2021, uvuga ko Kabuga wâimyaka 88 yâamavuko ufungiwe muri kasho yâurwego rwâubutabera rwâUmuryango wâAbibumbye (UN) rwashyiriweho u Rwanda, i La Haye mu […]
Umubyeyi yarize arahogora kubera ko umwana we yoherejwe ku ishuri ridasobanutse
Umubyeyi witwa Rachel Amogola utuye mu Karere ka Murangâa muri Kenya yaririye mu ruhame, arahogora, abitewe nâuko Leta yohereje umukobwa we kwiga ku ishuri avuga ko ridasobanutse. Uyu mubyeyi yabwiye televiziyo K24 ko umukobwa we witwa Hildah Anatwa yari yaratoranyijwe mu bagomba kwiga mu ishuri rya Leta ryiza ryigaho abakobwa gusa ryitwa Mugoiri Girls, ubwo […]
Mozambique: RDF na FADM bigaruriye agace ka Awasse kose

Ingabo zâu Rwanda (RDF) nâiza Mozambique (FADM) zigaruriye agace ka Awasse kari mu ntara ya Cabo Delgado kose, kari kakirimo abarwanyi bâumutwe wâiterabwoba wegamiye kuri Isilamu. RDF na FADM nyuma yo kwigarurira aka gace kose, beretse abahagarariye ingabo zâibindi bihugu ziri muri Mozambique ibyo bambuye aba barwanyi birimo intwaro, banabamurikira ahatunganyirizwa umuriro wâamashanyarazi naho hari […]
Umusore yihinduye nkâumukobwa kugira ngo akorere umukunzi ikizamini
Umusore wo muri SĂ©nĂ©gal witwa Khadim Mboup usanzwe ari umunyeshuri muri kaminuza yihinduye nkâumukobwa kugira ngo akorere umukunzi we ikizamini. Uyu musore mu ifoto agaragara yambaye ikanzu yâabagore itukura, yiteze igitambaro bisa, mu ijosi yitamiriye agatambaro kâumukara, yambaye nâagapfukamunwa munsi yâakananwa. Ibitangazamakuru byo muri iki gihugu bivuga ko uyu musore wâimyaka 22 yâamavuko wiyemerera ikosa, […]
Tanzania yiyemeje kurasa inyeshyamba ziri guhunga ibitero bya RDF na FADM
Polisi ya Tanzania yiyemeje kurasa abarwanyi bâumutwe wâiterabwoba bari guhunga ibitero byâingabo zâu Rwanda (RDF) nâiza Mozambique (FADM) mu ntara ya Cabo Delgado. Umuyobozi wa Polisi, IGP Simon Sirro yabivuze ubwo yatangazaga operasiyo yo guhigira mu gace ka Kibiti no mu nkengero izi nyeshyamba zimaze imyaka itatu zihungabanya umutekano wa Cabo Delgado, zikomeje kuhahungira. IGP […]
Perezida Kagame yahaye ikiruhuko abofisiye muri Polisi na RCS
Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa 3 Kanama 2021 yashyize abofisiye bakuru nâabato muri Polisi yâu Rwanda nâurwego rwâigihugu rushinzwe imfungwa nâabagorobwa, RCS, mu kiruhuko cyâizabukuru. Abapolisi bashyizwe mu kiruhuko ni 112 bari ku rwego rwâaba ofisiye bakuru nâabato. Barimo ACP Anthony Kulamba uyobora ishami rishinzwe gutwara abantu nâibintu muri RURA, […]