Polisi y’u Rwanda yatangiye ubufatanye n’iya Lesotho

les1.jpg

Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Lesotho, CP Holomo Molibeli n’itsinda ayoboye basuye Polisi y’u Rwanda, uru rukaba ari uruzinduko rwabaye intangiriro y’ubufatanye ‘bukomeye’ hagati y’impande zombi. CP Molibeli yakiriwe na mugenzi we wo mu Rwanda, CG Dan Munyuza mu biro bye, bagirana ikiganiro kirebana n’ubu bufatanye bushya. Nk’uko urubuga rwa Polisi y’u Rwanda rwabitangaje, CG […]

General Mabeyo uyobora ingabo za Tanzania ari mu Rwanda

csm_1_c13ab9344e.jpg

Umugaba Mukuru w’ingabo za Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, General Venance Mabeyo n’itsinda ayoboye kuva kuri uyu wa 23 kugeza ku wa 26 Kanama 2021 bari mu Rwanda. Ibiro bya Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda bivuga ko Gen. Mabeyo yasuye Minisitiri Maj. Gen. Albert Murasira, agirana ikiganiro na mugenzi we, Gen. Jean Bosco Kazura uyobora ingabo […]

Jose Chameleone yashimiye cyane umubyeyi we uri kumwitaho mu burwayi bwe

Umuhanzi Joseph Mayanja uzwi nka Dr Jose Chameleone nyuma y’iminsi mike bivugwa ko arembeye mu bitaro i Kampala muri Uganda, yashimiye umubyeyi we Poscovia Mayanja ukomeje kumwitaho mu gihe cy’uburwayi. Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo Radio Galaxy yatangaje ko uyu muhanzi mu gitondo cya tariki ya 20 Kanama 2021 yajyanwe mu ivuriro muri Entebbe, […]

Abatalibani bategetse ingabo za USA kuva muri Afghanistan bwangu

Ubuyobozi bw’Abatalibani baherutse gufata ubutegetsi bwa Afghanistan bwategetse ingabo z’amahanga kuva muri iki gihugu bitarenze tariki ya 31 Kanama 2021. Ni ubutumwa bwatanze nyuma y’aho Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden ku wa 22 Kanama yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zishobora kuguma muri Afghanistan kugira ngo zikomeze zifashe Abanyamerika gutaha. Igitekerezo cya […]

Ian Kagame, Mr Eazi na King Promise bari muri sitade ubwo Arsenal yatsindwaga na Chelsea

both-6.jpg

Umuhungu wa Perezida Paul Kagame uyoboye u Rwanda, Ian Kagame n’ibyamamare mu muziki wa Afurika birimo Mr Eazi wo muri Nigeria na King Promise wo muri Ghana, bari muri Emirates Stadium ya Arsenal FC ubwo yatsindwaga na Chelsea. Bigaragarira mu mafoto ibi byamamare byashyize ku mbuga nkoranyambaga zabyo, byifotoje byose bifite imipira ya Arsenal yanditseho […]

Hichilema ugiye kuyobora Zambia yatumiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi benshi mu irahira rye

Hakainde Hichilema watorewe kuyobora Repubulika ya Zambia, yatumiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ibihugu byo mu karere benshi mu muhango w’irahira rye uraba kuri uyu wa 24 Kanama 2021. Hichilema wari umaze igihe kirekire yari amaze atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Zambia muri uyu muhango, AFP ivuga ko yatumiye abarimo umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Zimbabwe, Nelson […]

Burundi: Papa Francis yirukanye burundu Padiri wubatse urugo

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yirukanye ku nshingano y’ubusaseridoti umupadiri w’Umurundi witwa Lino Bikubaza wubatse urugo, akazikomeza. Diyosezi Nkuru ya Gitega mu rwandiko yageneye uyu mupadiri tariki ya 16 Kanama 2021, yamumenyesheje ko Papa Francis “yafashe ingingo yo kumwirukana burundu mu nshingano y’ubusaseridoti tariki ya 30 Nyakanga 2021 kubera ko atubahirije ingingo […]

Liverpool yangiye Salah kujya gukinira Misiri, kuko iri ku rutonde rutukura rwa Covid-19

Liverpool yo mu Bwongereza yimye umukinnyi Mohamed Salah uruhushya rwo kujya gukinira Misiri mu marushanwa y’ibanze yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi, kubera ko iki gihugu kiri ku mugabane wa Afurika kiri ku rutonde rutukura rwa Covid-19. Ikipe ya Misiri iteganya gukina na Angola tariki ya 2 Nzeri 2021 na Gabon tariki ya 5 uko kwezi. […]

U Rwanda rwemeye kwakira impunzi zituruka muri Afghanistan

Guverinoma y’u Rwanda yemeye ubusabe bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) bwo kwakira mu gihe gito impunzi zituruka muri Afghanistan nyuma y’aho iki gihugu kiri ku mugabane wa Aziya gifashwe n’umutwe witwaje intwaro w’Abatalibani. Abaturage ba Afghanistan by’umwihariko abiyumvaga mu butegetsi bwariho, batangiye guhunga igihugu kuva tariki ya 15 Kanama 2021 ubwo Abatalibani bazwiho […]

Perezida Samia atewe impungenge n’uko abakobwa bakinira Tanzania bashobora kuzabura abagabo

sami1.jpg

Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan yagaragaje ko atewe impungenge n’uko abakobwa bakinira ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru bashobora kuzabura abagabo bubakana ingo kubera ko bafite imiterere nk’iyabo. Nk’uko bigaragara ku rubuga rw’ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Perezida Samia yabitangarije mu muhango yakiriyemo igikombe ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 yegukanye mu irushanwa ry’akarere ka […]

Ingo 99% zimaze gushyirwa mu byiciro by’Ubudehe bishya

Umuyobozi Mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe guteza imbere ibikorwa by’inzego z’ibanze (LODA), Nyinawagaga Claudine yatanze icyizere ko ibyiciro by’Ubudehe bishya birasohoka bidatinze kuko ingo 99% zimaze gushyirwamo. Mu kiganiro yagiriye kuri Radio Rwanda, uyu muyobozi yatangaje ati: “Ibyiciro by’ubudehe byararangiye, dufite ingo 99% ziri mu byiciro by’ubudehe.” Yasobanuye ko 1% ry’ingo zibura ari inshya ziba zavutse, […]

Umuyobozi wa Equity Bank agiye kubazwa kuri miliyari 137 Frw zagurijwe ushinjwa iterabwoba

Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’imari cya Equity Group Holdings Plc, James Mwangi agiye guhatwa ibibazo kuri miliyari 15 z’amashilingi ya Kenya (miliyari 137 z’amafaranga y’u Rwanda) cyagurije Umunyaturukiya, Harun Aydin ukekwaho gutera inkunga ibikorwa by’iterabwoba. Uyu mwuka w’urwikekwe hagati y’iyi banki na Guverinoma wa Kenya wazamutse ubwo Aydin yafatirwaga ku kibuga cy’indege cya Wilson tariki ya […]

RURA yamenyesheje MTN Rwanda ko ishobora kuyifatira ibihano

Urwego rw’igihugu ngenzuramikorere, RURA, rwamenyesheje ikigo cy’itumanaho cya MTN Rwandacell Plc ko rushobora kugifatira ibihano mu gihe cyaba kidakemuye ikibazo cya serivisi mbi giha abakiriya bacyo. Mu itangazo RURA yasohoye tariki ya 19 Kanama 2021, yagaraje zimwe muri serivisi zitanoze MTN Rwanda iha abakiriya bayo, zirimo: amarezo make, guhamagara telefone zikikupa no guhamagara amajwi ntiyumvikane. […]

U Burundi buracyasaba Niyombare, Umubiligi wirukanwe mu Rwanda, urupfu rwa Joe; inkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 16 Kanama 2021 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru ziganjemo izirebanaga n’umutekano cyane cyane mu bijyanye n’intambara, ubutabera mu bijyanye n’amategeko, politiki mu bubanyi n’amahanga na siporo. Ni izikurikira: U Burundi buracyashaka Gen. Niyombare na bagenzi be Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, CPG Alain-Guillaume Bunyoni ubwo yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru tariki ya 19 Kanama 2021, […]

Sadate arasaba Kwizera kwigira kuri bakuru be, atazasabiriza nka Muhamud Mossi

moss1.png

Munyakazi Sadate wigeze kuyobora Rayon Sports arasaba umuzamu Kwizera Olivier wakiniye iyi kipe, APR FC n’izindi kwigira kuri bakuru be bamubanjirije mu kibuga, mu rwego rwo kwirinda gusabiriza nk’uko byagendekeye Muhamud Mossi. Ni ubutumwa Sadate yatanze nyuma y’aho Kwizera aherutse kwirukanwa mu mwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi, azira amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, amugaragaza aririmbira umukobwa; […]

Nyundo: Hari abapadiri batatu bavukana

Diyosezi Gatolika ya Nyundo mu ntara y’Iburengerazuba bw’u Rwanda yibarutse abapadiri batatu bavukana. Igitangazamakuru Kinyamateka cy’Inama y’Abepisikopi mu Rwanda cyatangaje ko aba bapadiri ari: Gilbert, Leandre na Revocat waherewe ubupadiri i Byumba kuri uyu wa 21 Kanama 2021. Aba bapadiri bavuka muri Santarali ya Nyange, Paruwasi ya Nyange muri iyi diyosezi. Babyawe na Marondo Andree […]

Kenya: Umuvugabutumwa w’Umunyamerikakazi afungiwe mu bitaro kubera kubura ayo kwishyura

vugabutumwa.png

Umuvugabutumwa ukomoka muri Leta ya Pennsylvannia muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Sandra Joyce Lichtfuss, afungiwe mu bitaro byo muri Kenya kuva muri Nyakanga, azira kubura amafaranga yo kwishyura ubwo yari amaze kwivuza. Uyu muvugabutumwa w’imyaka 68 y’amavuko yabwiye Nation ko tariki ya 29 Nyakanga 2021 yavunitse ukuguru ubwo yakiniraga n’imbwa ze ebyiri mu rugo […]

Perezida Ndayishimiye avuga ko hari uri kwiyahura kubera ko u Burundi butugarijwe na Covid-19

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yavuze ko hari umunyamakuru ukomoka mu gihugu cye ukorera Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, urimo kwiyahura kubera ko kitugarijwe n’icyorezo cya Covid-19. Iri ni ijambo uyu Mukuru w’Igihugu yatangaje ubwo yari ayoboye umuhango wo gusezera ku Barundi baba mu mahanga bari basuye u Burundi, wabereye i Bujumbura ku wa […]

Capt. Wanderi abona igihe kigeze ngo u Rwanda rwohereze abasirikare kabuhariwe muri Ethiopia

wanderi.jpg

Umusirikare w’Umunyakenya usanzwe akora ubusesenguzi ku bijyanye n’umutekano, Capt. (Rtd) Collins Wanderi abona igihe kigeze ngo u Rwanda rwohereze abasirikare kabuhariwe muri Ethiopia kugira ngo ruhagarike intambara ishingiye ku moko iri kuberayo. Capt. Wanderi umaze iminsi ashima umusanzu w’ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’amahoro ku mugabane wa Afurika, by’umwihariko muri Repubulika na Centrafrika na Mozambique, […]

Minisitiri Kabanda yavuze ko ingabo za RDC zigiye kwifashisha ‘drones’ 10 mu guhiga inyeshyamba

Minisitiri w’Ingabo wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Gilbert Kabanda yatangaje ko hagiye kwifashishwa utudege tutagira abapilote tuzwi nka ‘drone’ 10 n’izindi ebyiri zisanzwe mu guhiga abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro bahungabanya umutekano mu burasirazuba bw’igihugu. Minisitiri Kabanda yabitangarije mu nama y’abaminisitiri yateranye ku wa 20 Kanama 2021 yigaga ku ngingo z’ingenzi zirimo umutekano muke […]

Me Lurquin ‘yari azi’ ko kuza mu Rwanda bimwemerera gukora ikintu icyo ari cyo cyose_Immigration

Umuyobozi Mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe abinjira n’abasohoka (Immigration), Lt Col. Regis Gatarayiha yatangaje ko umunyamategeko w’Umubiligi, Me Vincent Lurquin yakoze icyaha gihanwa n’amategeko ubwo yashakaga kunganira Paul Rusesabagina mu rukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka kandi nta burenganzira yabiherewe. Gatarayiha yabitangarije RBA kuri uyu wa 21 Kanama 2021 ubwo uru rwego rwari rumaze kwirukana […]

Kenya: Abize amategeko mu Rwanda bangiwe kwinjira mu rugaga rw’abavoka

Umucamanza Mukuru w’Urukiko Rukuru rwa Mombasa muri Kenya, Eric Ogola yatesheje agaciro ubujurire bw’abantu umunani (8) barangije kwiga amategeko mu Rwanda bangiwe gukora umwuga w’ubwavoka mu 2019. Kenya 24 News ivuga ko aba bantu ari: Mwarome Hempstone, Patrick Okello, Wekesa Richard, Yegon Kipkorir, Moses Ngigi, Donclus Kokonya, Juma Masambaka na Samuel Maina. Aba banyamategeko bangiwe […]

Ambasaderi Habineza yapfuye nyuma y’icyumweru yizihije imyaka 33 amaze ashyingiwe

habineza1.jpg

Ambasaderi Joseph Habineza wabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo kuva mu 2004 kugeza mu 2011 yapfuye nyuma y’icyumweru yizihije imyaka 33 yari amaze ashakanye n’umufasha we, Kampororo Kajyambere Justine. Habineza uzwi ku izina rya Joe yapfuye azize uburwayi bivugwa ko yabanje kwivuriza muri Nigeria, byanze ajya muri Kenya akaba ari naho yapfiriye. Ambasaderi Habineza yapfuye afite […]

Umunsi urubanza rwa Rusesabagina n’abo bareganwa ruzasomerwaho wamenyekanye

Urukukiko Rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruzasoma urubanza rwa Paul Rusesabagina n’abandi 20 bareganwa tariki ya 20 Nzeri 2021. Ubucamanza bwabitangaje buti: “Urukiko Rukuru Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka ruramenyesha ko isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina n’abo areganwa na bo ryimuriwe ku wa Mbere tariki ya 20 Nzeli 2021 saa tanu z’amanywa.” […]

Afghanistan: Abakomando bayobowe n’uwari Visi Perezida baritegura kwigaranzura Abatalibani

afgh1.png

Guverinoma y’u Burusiya yatanze impuruza ko muri Afghanistan hari abakomando b’inararibonye barimo abatojwe n’umutwe wamamaye w’abarwanyi kabuhariwe wa SAS n’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika bari guha abasirikare n’abasivili imyitozo ikaze mu rwego rwo gutegura uko bazigaranzura Abatalibani baherutse gufata ubutegetsi. Bitandukanye n’ibitangazwa kuva Abatalibani bafata umurwa mukuru, Kabul, tariki ya 15 Kanama 2021, […]

Amafoto: Abasirikare b’u Burundi ku ntwaro ziremereye

fd1.jpg

Kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Kanama 2021, ba su-ofisiye 27 n’abasirikare bato 72 b’u Burundi barangije amasomo yo gukoresha intwaro ziremereye bari bamazemo amezi atandatu. Uyu muhango wabereye mu ishyamba rya Kigamba-Cankuzo waranzwe no kwigaragaza kw’aba basirikare, berekanye ibyo bize muri iki gihe birimo kurashisha imbunda nini zishyigikirwa ku butaka n’izishyigikirwa ku modoka. […]

Abarundi bahungiye muri Uganda baratakamba ngo nabo bafashwe gutaha

Abarundi bahungiye muri Uganda bandikiye Umunyamabanga Mukuru w’umuryango mpuzamahanga ushinzwe impunzi, UNHCR, bamutakambira bamusaba gufashwa gutaha mu gihugu cyabo nk’abo abari mu bindi bihugu bafashijwe. Aba Barundi mu ibaruwa banditse tariki ya 17 Kanama 2021 iriho imikono y’abantu 71 bavuga ko bimwe uburenganzira bwabo bwo gutaha iwabo, bavuga ko bagenzi babo baba mu bihugu bya […]

Mozambique: Abaturage ntibatewe ubwoba n’intagondwa gusa, ngo n’abapolisi babo bababuza amahwemo

gakuru.png

Abaturage bo mu Karere ka Palma, Intara ya Cabo Delgado muri Mozambique bavuga ko batewe impungenge n’abapolisi b’igihugu cyabo babahohotera, bakanica bamwe muri bo. Babitangarije igitangazamakuru Africa News tariki ya 15 Kanama 2021 ubwo inzego z’umutekano z’u Rwanda n’iza Mozambique zakoraga ubukangurambaga bubashishikariza gusubira mu byabo bahunze bitewe n’ibitero by’umutwe w’iterabwoba wegamiye kuri Isilamu. Ubu […]

Gen. Bunyoni yasabye u Rwanda gutanga Niyombare, ngo u Burundi buzi neza ko rumucumbikiye

Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Gen. Alain-Guillaume Bunyoni yasabye u Rwanda gutanga Gen. Maj. Godefroid Niyombare wahunze igihugu mu myaka 6 ishize kugira ngo akurikiranwe n’ubutabera. Gen. Niyombare ni we wayoboye abasirikare bagerageje guhirika ku butegetsi Pierre Nkurunziza wayoboraga u Burundi, muri Gicurasi 2015, ubwo yapfubaga, bamwe muri bo bagahungira mu bihugu by’abaturanyi. Nk’uko VOA yabitangaje, […]

Radio/TV1 yasezereye abandi banyamakuru 3 b’imena

Radiyo na Televiziyo 1 biravugwa ko yasezereye abandi banyamakuru batatu b’imena bitewe n’ikibazo cy’amikoro make cyatewe ingaruka z’icyorezo cya Covid-19. Igitangazamakuru Ukwezi dukesha aya makuru kuri uyu wa 19 Kanama 2021 cyatangaje ko abasezerewe ari: Callixte Ndagijimana, Gakayire Raymond na Kayitankore DieudonnĂ©. Tariki ya 11 Mutarama 2021 ni bwo Radio/TV1 yasezereye abandi banyamakuru batatu: Kalinijabo […]

Kenya yatangaje ko ntacyo izafasha abenegihugu bayo baheze muri Afghanistan

Umunyamabanga Mukuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Kenya, Macharia Kamau yatangaje ko nta bufasha guverinoma izaha abenegihugu babuze uko bava muri Afghanistan nyuma y’aho Abatalibani bafashe ubutegetsi. Ubwo Abatalibani bafataga ubutegetsi tariki ya 15 Kanama 2021, abenshi barimo abanyamahanga batangiye gushaka uko bava muri Afghanistan, aho ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kabul hagaragaye abirukanka ku […]

Polisi yafashe uwatangaje ko umupolisi wabyutse nabi yarenganyije mugenzi we

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abantu babiri: Nsabimana Alphonse na Kwizera Adams ukekwaho kubeshya ko umupolisi yajyanye mugenzi we muri sitade kuri kubera ko yari yabyutse nabi. Kwizera ukoresha amazina ya Chris Adams ku rubuga rwa Twitter tariki ya 16 Kanama 2021 yatangaje ati: “Muri iki gitondo hari mugenzi wanjye wafashwe amaze […]

Indege za RwandAir zigiye kujya zerekeza i Goma na Lubumbashi

rwan.jpg

Indege z’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir zigiye kujya zigwa ku bibuga by’indege mpuzamahanga bya Goma na Lubumbashi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). New Times yatangarije ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 18 Kanama ko izi ndege zizatangira kugwa kuri ibi bibuga tariki ya 15 Nzeri 2021. Ubusanzwe kuva […]

Miss Fiona na Arthur Nkusi bashyize hanze amafoto y’ubukwe bwabo

img-20210819-wa0004.jpg

Miss Fiona Muthoni Ntarindwa usanzwe ari umunyamakuru wa CNBC Africa n’umunyarwenya Arthur Nkusi uzwi nka Rutura bashyize hanze amafoto y’ubukwe bwabo bwabaye tariki ya 14 Kanama 2021. Uwo munsi ni bwo byamenyekanye ko aba bombi bakoreye ubukwe mu Karere ka Rutsiro ku Kiyaga cya Kivu mu ibanga, nyuma yo gusezeranira imbere y’amategeko tariki ya 11 […]

Mabayi: Umunyarwanda n’abandi 6 bafashwe bajyaniye inyeshyamba ibiribwa

Mu Mudugudu wa Rutorero, Zone ya Butahana, Komini ya Mabayi y’Intara ya Cibitoke mu Burundi hafatiwe Umunyarwanda n’abandi batandatu bajyaniye umutwe witwaje intwaro w’abavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bari mu ishyamba rya Kibira. Urubuga SOS ruvuga ko aba bantu bafashwe n’abasirikare bari ku burinzi mu masaa tanu y’amanywa yo kuri uyu wa 18 Kanama 2021. Uru rubuga […]

Musanze: Umushoramari yiyemeje kuzamura impano z’abahanzi n’abakinnyi ba filimi

img-20210818-wa0087.jpg

Umushoramari Uwimfura Parfait Rayan washinze ikigo cya The Rayan Business Group yiyemeje kuzamura impano z’abahanzi n’abakinnyi ba filimi batuye mu Karere ka Musanze no mu tundi turere bihana imbibi. Rayan nk’uko yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru tariki ya 13 Kanama 2021, azajya afasha aba bahanzi abinyujije mu ishami rya The Rayan Music Entertainment, afashe abakinnyi […]

Kenya: Abasirikare bitwaye neza muri Olempike bazamuwe mu ntera

Abasirikare babiri mu ngabo za Kenya; S/Sgt Hellen Obiri na Sgt Benjamin Kigen bitwaye neza mu mikino ya Olempike yaberaga mu Buyapani mu minsi ishize, kuri uyu wa 17 Kanama 2021 bazamuwe mu ntera. Umuhango wo kuzamura aba basirikare mu ntera wayobowe n’Umugaba Mukuru w’ingabo za Kenya, Gen. Robert Kibochi wabashimiye by’umwihariko. Gen. Kibochi yagize […]

Urubanza rwa Rusesabagina, Sankara n’abo bareganwa ntirugisomwe ku wa 5

Urukiko rukuru, urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rwatangaje ko isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina, Nsabimana Callixte (Major Sankara) n’abandi bareganwa ibyaha by’iterabwoba ritazaba tariki ya 20 Kanama 2021 nk’uko byari biteganyijwe. Urwego rw’Ubucamanza rw’u Rwanda rwabitangarije ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 18 Kanama 2021 ruti: “Urukiko rukuru, urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya […]

Nyuma ya Rwabantu, Uganda yapfushije undi ‘General’

Nyuma y’urupfu rwa Maj. Gen. Stephen Rwabantu wari umugaba wungirije w’Inkeragutabara mu ngabo za Uganda rwabaye tariki ya 7 Kanama 2021, iki gihugu yapfushije undi ‘General’. Uyu ni Lt. Gen. Pecos Kutesa wigeze kuba umurinzi wa Perezida Museveni ubwo bari mu rugamba rugamije gufata ubutegetsi mbere y’1986. Umuvugizi w’ingabo za Uganda, Brig. Gen. Flavia Byekwaso […]

Uganda: Habaye ukuvuguruzanya hagati ya MINISANTE n’umugore wa Museveni

Muri Guverinoma ya Uganda, habaye ukuvuguruzanya hagati ya Minisiteri y’Ubuzima n’umugore wa Perezida Museveni, Janet Museveni usanzwe ari Minisitiri w’Uburezi na Siporo. Uku kuvuguruzanya kwatewe n’ijambo Minisitiri Janet yavugiye mu nama ku wa Gatanu w’icyumweru gishize asaba Minisiteri y’Ubuzima ko yabafasha abarimu bose n’abanyeshuri barengeje imyaka 18 bagafata urukingo rwa Covid-19. Nk’uko tubikesha The Observer, […]

USA igiye koherereza u Rwanda doze zikabakaba 500,000 z’inkingo za Covid-19

Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) muri iki cyumweru irohereza u Rwanda doze 488,370 z’inkingo za Covid-19 z’ubwoko bwa Pfizer BioNTech. Igitangazamakuru The Bloomberg cyo muri USA kivuga ko doze 188,370 ziri muri miliyoni 500 Perezida Joe Biden yemereye ko azaha ibihugu bitandukanye mu nama y’ibihugu 7 bikize ku Isi izwi nka G7. Izindi doze […]

FARDC ivuga ko yafashe ibirindiro bikuru bya Col. Makanika

Umuvugizi w’ibikorwa by’igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, Capt. DieudonnĂ© Kasereka yatangaje ko ingabo z’igihugu, FARDC, zafashe ibirindiro bikuru by’abarwanyi ba Col. Michel Rukunda (Makanika) mu gace ka Kamombo. Capt. Kasereka yabwiye itangazamakuru ati: “Turi muri Kamombo mu birindiro bikuru bya Col. Makanika n’abo bifatanyije.” Ibi birindiro bifashwe […]

Burera: Umurambo w’umusore wari waraburiwe irengero, wabonetse mu musarani

Umurambo w’umusore wo mu Murenge wa Muhoza w’Akarere ka Musanze wari ufite imyaka 21 y’amavuko witwa Habimana Gad, kuri uyu wa 16 Kanama 2021 wabonetse mu musarani mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera nyuma y’iminsi igera muri itatu aburiwe irengero. Amakuru aturuka mu muryango wa nyakwigendera avuga ko mu gitondo cyo ku wa […]

Ituri: Abashinwa batatu baburiwe irengero

Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, kiri gushakisha Abashinwa batatu bacukurishaga amabuye y’agaciro mu kirombe cya Itendey kiri muri Teritwari ya Djugu mu ntara ya Ituri, baburiwe irengero. Umuvugizi w’ibikorwa bya FARDC muri Ituri, Lt. Col. Jules Ngongo yabwiye itangazamakuru ko aba Bashinwa babuze tariki ya 15 Kanama 2021, agakeka ko bashimuswe n’abarwanyi […]

Perezida Kenyatta yemereye abatwaye imidali muri Olempike akayabo k’amafaranga

kenyatta1.jpg

Perezida wa Repubulika ya Kenya, Uhuru Kenyatta yasezeranyije abatwaye imidali mu mikino ya Olempike 2020 yaberaga mu Buyapani kubaha ishimwe ry’amashilingi akoreshwa muri iki gihugu agera kuri miliyoni imwe. Iri sezerano yaribahaye kuri uyu wa 16 Kanama 2021 ubwo yabakiraga ku biro bye mu rwego rwo kubashimira uburyo bitwaye muri iyi mikino. Perezida Kenyatta yavuze […]

Karangwa abona ko imvugo nka ‘Nta Myaka 100’ zazatuma u Rwanda rubura abasirikare barurwanirira

Umwarimu Karangwa Sewase Jean Claude wigeze kuyobora akarere ka Gicumbi, avuga ko imvugo nka ‘Nta Myaka 100’ urubyiruko ruri gukoresha muri iyi minsi, bishobora kuzatuma u Rwanda rubura abasirikare barurwanirira rwatewe, rukitabaza amahanga. Karangwa yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Ukwezi TV, cyagiye ahabona kuri uyu wa 16 Kanama 2021. Abona ko iyi mvugo hamwe n’izindi […]

Abakubita bagatoteza abakekwaho ibyaha, ntibakwiye kwambara impuzankano ya Uganda-Museveni

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yihanangirije abashinzwe umutekano bakomeje gushyirwa mu majwi, bashinjwa gukubita no gutoteza abakekwaho ibyaha. Mu ijambo yagejeje ku baturage tariki ya 14 Kanama 2021, Perezida Museveni yavuze ko bene aba bashinzwe umutekano bakora ibi byaha badakwiye kwambara impuzankano ya Uganda. Yabwiye aba bashinzwe umutekano ati: “Ntimukamokere abantu batari […]

Perezida Tshisekedi yakiriye abasirikare kabuhariwe baturutse muri USA

drc2.jpg

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi yakiriye itsinda ry’abasirikare kabuhariwe baturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) kugira ngo bafashe ingabo z’igihugu cye kurwanya imitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano w’uburasirazuba. Nk’uko ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa RDC bibitangaza, Perezida Tshisekedi yakiriye aba basirikare bari baherekejwe na Ambasaderi wa USA muri iki […]

Haïti: Abishwe n’umutingito bageze ku 1297

Urwego rwa HaĂŻti rushinzwe ubutabazi kuri uyu wa 16 Kanama 2021 rwatangaje ko abantu bamaze kumenyekana bishwe n’umutingito uherutse kwibasira igihugu ari 1297. Tariki ya 14 Kanama 2021 ni bwo umutingito wari ufite imbaraga ziri ku gipimo cya 7.2 wibasiye HaĂŻti, ako kanya uru rwego rutangaza ko hamaze gupfa abantu 29. Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, […]

IS yibasiye u Rwanda, RDF irasubiza, abasirikare kabuhariwe ba USA muri RDC; inkuru nyamukuru z’icyumweru gishize

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 9 Kanama 2021 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru ziganjemo iza siporo, polititiki, ubutabera n’umutekano. Harimo ko: Perezida Kagame yanenze Arsenal Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, usanzwe ari umufana ukomeye wa Arsenal mu Bwongereza yanenze iyi kipe yari imaze gutsindwa ibitego bibiri ku busa (2-0) na Brentford mu mukino ufungura shampiyona. […]

Ambasaderi Karega avuga ko ibigo byo mu mahanga biri inyuma ya raporo zishinja u Rwanda kwiba amabuye y’agaciro muri RDC

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Vincent Karega avuga ko ibigo by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro byo mu mahanga ari byo biri inyuma ya raporo zivuga ko u Rwanda rukurayo amabuye y’agaciro binyuze mu nzira zitemewe n’amategeko. Mu kiganiro yagiranye na Radio Okapi kuri uyu wa 14 Kanama 2021, Ambasaderi Karega yavuze ko bene […]

Abatalibani batangiye kwinjira mu murwa mukuru baturutse impande zose

Minisiteri y’Umutekano w’Imbere muri Afghanistan imaze gutangaza ko abarwanyi b’Abatalibani batangiye kwinjira mu murwa mukuru, Kabul, baturutse impande zose. Ni nyuma yo gufata indi mijyi yose y’iki gihugu mu gihe gitoya, urugamba rweruye rwatangiye ubwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zari zishyigikiye ubutegetsi bwa Afghanistan zakuragayo abasirikare bazo. RFI dukesha iyi nkuru ivuga ko […]

U Rwanda ntirwigeze rushoza intambara muri RDC_Ambasaderi Karega

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Vincent Karega yatangaje ko u Rwanda rutigeze rushoza intambara muri iki gihugu nk’uko bamwe mu Banyekongo babivuga. Ambasaderi Karega yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Kinshasa kuri uyu wa 14 Kanama 2021. Yagize ati: “U Rwanda ntirwigeze rushoza intambara muri RDC habe n’umunsi umwe.” Yasobanuye ko […]

Lubumbashi: Indege yagonze umumotari

Indege yo mu bwoko bwa Bombardier Q400 yagwaga ku kibuga cy’indege cya Luano mu mujyi wa Lubumbashi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yaraye ikoze impanuka, ubwo yagongaga umumotari. Minisiteri ishinzwe ubwikorezi mu itangazo yasohoye kuri uyu wa 14 Kanama 2021 ivuga ko iyi ndege ya Congo Airways yari itwaye abantu 23 yagonze uyu […]

Perezida Museveni yohereje intumwa idasanzwe mu Burundi

both-5.jpg

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa 14 Kanama 2021 yohereje intumwa ye idasanzwe, Abel Kandiho, mu Burundi. Ibiro bikuru by’u Burundi byatangaje ko Kandiho uyoboye urwego rwa gisirikare rwa Uganda rushinzwe iperereza, CMI, yakiriwe n’Umukuru w’Igihugu, Perezida Evariste Ndayishimiye. Biti: “Umukuru w’Igihugu Evariste Ndayishimiye yakiriye mu ngoro ya Perezida i […]

Mushikiwabo yihanganishije HaĂŻti yapfushije abarenga 300 kubera umutingito, ayisabira ubufasha

Umunyamabanga Mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo yihanganishije HaĂŻti yapfushije abantu barenga 300 bitewe n’umutingito, ayisabira n’ubufasha. Kuri uyu wa 14 Kanama 2021 ni bwo iki gihugu cyibasiwe n’umutingito ukomeye wari ufite imbaraga ziri ku gipimo cya 7.2. Nyuma gato y’iki kiza, Umuyobozi Mukuru w’ikigo gishinzwe ubutabazi, Jerry Chandler yavuze ko abamenyekanye […]

Amafoto: Abasirikare kabuhariwe ba USA bamaze kugera muri RDC

fb_img_16289213813284553.jpg

Itsinda ry’abasirikare badasanzwe ryaturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), ryaraye risesekaye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) muri gahunda yo gushakira umuti ibibazo by’umutekano muke umaze igihe urangwa mu burasirazuba. Indege y’ingabo za USA zirwanira mu kirere, US Air Force, yabagejeje ku kibuga cy’indege cya Ndjili muri Kinshasa mu ijoro ryo kuri […]