• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
    Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
    Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi
    Lutundula yabwiye akanama ka Loni ko kajugujugu ya RDF iherutse kugwa i Rumangabo
    Muhanga: ’Abahebyi’ bari guhigwa bukware nyuma yo gutema abarinzi b’ikirombe
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Ambasaderi Gatete yatangaje ko ibihano byo gushimisha RDC ntacyo bizamara
    Mukuralinda yahishuye ko ubwo yahuraga na Lutundula, bateranye urwenya
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Rayon Sports mu ntambara na FERWAFA, Umujyi wa Kigali na Urid Technologies
    Ibihugu 3 bituranye n’u Rwanda byahawe kwakira CAN 2027
    Perezida wa Rayon Sports yemeje ko hari aba-Rayon bari kuyigambanira ngo izatsindwe na Al Hilal
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Rulindo: Pasiteri arashakishwa nyuma yo ‘gukubitira' umukecuru mu rusengero

ubutabera

Rulindo: Pasiteri arashakishwa nyuma yo ‘gukubitira’ umukecuru mu rusengero

Yanditswe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 29/08/2023 10:08

Ubuyobozi bw’umurengwa wa Kisaro mu karere ka Rulindo buravuga ko Pasiteri Habamungu Jérôme uyobora urusengero rwa Muranzi mu itorero AEBR ari gushakishwa, nyuma yo gukubitira umukecuru mu rusengero, akamukomeretsa mu mutwe.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge, Uwamahoro Telesphore yagize ati: “Pasiteri aracyashakishwa ntabwo araboneka ariko umukiristo we yarakubiswe aranakomeretswa. Icyateye gukubitwa na n’iyi saha ntabwo turakimenya kuko ntabwo twigeze tumubona ngo tumubaze amakuru ahagije cyakora arimo gushakishwa n’inzego z’umutekano ngo akurikiranywe.”

Inkuru ya Igicumbi News iravuga ko Pasiteri Habamungu yambuye umukecuru witwa Mukamana Liberatha inkoni agenderaga, ayimukubita gatatu mu bitugu no ku gahanga, ubwo bari mu materaniro yabaye ku Cyumweru tariki ya 27 Kanama 2023.

Uwo mu muryango w’uyu mukecuru yasobanuye ati: “Twagiye gusenga tugeze ku rusengero, turasenga nta kibazo noneho ubwo turangije gutura tugeze mu gihe cyo guhimbaza Imana, ubwo umukecuru wanjye ava mu cyicaro cye ajya kubyinira imbere, Pasiteri yahise ava kuri ritari afata inkoni abakecuru bitwaza aba arayimukubise.”

Yakomeje ati: “Mbese twabonye bibabaje, abakirisito bose bajyamo bajya gukiza, umukecuru ubwo bari bamukubise inkoni ku gahanga amaraso arimo kududubiza, duhita tumujyana kwa muganga. Ubu tumurwarije ku buriri bamupfutse bamuhaye n’ibinini arwariye mu rugo.”

Uyu muvugabutumwa we, mu kiganiro yagiranye n’iki kinyamakuru, yavuze ko hari icyo umuryango w’uyu mukecuru ushaka kugeraho. Icyakoze, ntiyahakanye cyangwa ngo yemere urugomo ashinjwa.

Ubuyobozi bw’akagari ka Kigarama burahamya ko mu rusengero ruyoborwa na Pasiteri Habamungu habereyemo imvururu tariki ya 27 Kanama kandi ko bwagize uruhare mu kuzihosha. Mukamana bwemeza ko yakomeretse ngo yajyanwe kwa muganga, nyuma aza gutaha.

Izindi Nkuru Bijyanye


Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Muhanga: Ushinjwa kwiba toni 10 za sima yavuze ko yabitewe n'inzara
Muhanga: Ushinjwa kwiba toni 10 za sima yavuze ko yabitewe n’inzara
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Izindi wasoma

Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we

Kutiteranya biri gutiza umurindi ihohoterwa rishingiye ku gitsina: RIB

Muhanga: Ushinjwa kwiba toni 10 za sima yavuze ko yabitewe n’inzara

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru

TUYIZERE JD
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye

Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we

Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger

Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry'Intumwa Muhamadi
Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi

Inyungu ku nguzanyo ziri gutera abato kwiyahura: Museveni
Inyungu ku nguzanyo ziri gutera abato kwiyahura: Museveni

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
29/09/23 14:00
Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
29/09/23 13:24
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
29/09/23 12:01
Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry'Intumwa Muhamadi
29/09/23 12:00
Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi
ubukungu

Inyungu ku nguzanyo ziri gutera abato kwiyahura: Museveni

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yategetse ko inyungu zisabwa abahabwa inguzanyo (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Lutundula yabwiye akanama ka Loni ko kajugujugu ya RDF iherutse kugwa i Rumangabo

Mu ijambo yavugiye imbere y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano kuri uyu wa (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Muhanga: ’Abahebyi’ bari guhigwa bukware nyuma yo gutema abarinzi b’ikirombe

Inzego z’umutekano mu karere ka Muhanga ziri guhiga bukware insoresore zo mu gatsiko kazwi (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Putin yavuganye n’uwari umuyobozi muri Wagner ushobora gusimbura Prigozhin

Kuri uyu wa Gatanu, Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yerekanwe ari mu nama n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.