
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwarekuye umunyamakuru Umuhoza Honoré wa Radio/Flash TV rukurikiranyeho gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni ku muyoboro wa YouTube.
Umuhoza yafatiwe mu karere ka Musanze tariki ya 29 Kanama 2023, ajyanwa gufungirwa mu mujyi wa Kigali. Icyakoze, we avuga ko umuryango we utamenyeshejwe ko afunzwe, bituma umushakisha nk’uwaburiwe irengero.
Kuri uyu wa 2 Nzeri 2023, urwego rw’abanyamakuru bigenzura, RMC, rwatangaje ko Umuhoza yarekuwe, akazakomeza gukurikiranwa adafunzwe. Ruti: “Duhaye amashyi RIB yarekuye Umuhoza Honore, umunyamakuru wari ufungiwe gushyira ibitemewe ku muyobozi wa YouTube. Azakorwaho iperereza atari muri kasho.”
Uyu munyamakuru warekuwe mu ijoro ryo kuri uyu wa 1 Nzeri, yatangarije Umuseke ko yatawe muri yombi mu buryo bunyuranyije n’amategeko ubwo yari agiye mu kazi, bityo ko ateganya kurega urwego rw’ubugenzacyaha, abifashijwemo n’umunyamategeko we.
Ku cyaha cyo gutangaza ibiterasoni, bijyanye n’amashusho yashyizwe ku muyoboro wa YouTube, Umuhoza yatangaje ko amaze igihe kinini abiretse, kuko yaherukaga kuyashyiraho mu “mwaka w’2021”.
Umuhoza yamenyekanye cyane mu nkuru z’ubuvugizi akora mu ntara y’Amajyaruguru, no ku muyoboro wa YouTube witwaga Vumbika TV yatambutsagaho amashusho yigisha “abubatse” uburyo bwo “gutera akabariro”. Nk’uko abivuga, yari amaze igihe kinini yarabihagaritse.
1 Ibitekerezo
Kuwa 04/09/23
Ndabashimiye kumakuru meza mutugezaho
Subiza ⇾Tanga igitekerezo