Barça na Juventus zaguranye Miralem Pjanic na Arthur Melo

Ikipe ya FC Barcelona yemeje ko Umunya Bosnia & Herzegovina, Miralem Pjanic wakiniraga ikipe ya Juventus yo mu gihugu cy’u Butaliyani yamaze kuyerekezamo, abisikanye n’Umunya Brazil, Arthur Melo wakiniraga FC Barcelona; Juventus yemeje ko yamaze kuyigeramo. Amakuru avuga ko FC Barcelona yagurishije Arthur kuri miliyoni 75 z’ama-Pounds, hanyuma Pjanic w’imyaka 30 y’amavuko ikamugura miliyoni 59. […]

Rayon Sports yasinyishije Umurundi uri mu batsinze ibitego byinshi muri shampiyona y’iwabo

Ikipe ya Rayon Sports yemeje ko yamaze gusinyisha rutahizamu Nihoreho Arsène, Umurundi uri mu batsinze ibitego byinshi muri shampiyona y’iwabo ya 2019/20. Uyu musore w’imyaka 20 y’amavuko wakiniraga ikipe ya Olympic Star, yasinye imyaka ibiri yo gukinira Rayon Sports. Ni umwe mu bakinnyi bitwaye neza muri shampiyona y’u Burundi yamaze gusozwa, dore ko yatsinzemo ibitego […]

Iran yashyizeho impapuro zo guta muri yombi Perezida Donald Trump

Leta ya Iran yasohoye impapuro zo guta muri yombi Donald Trump, isaba Polisi Mpuzamahanga (Interpol) kuyiha ubufasha bwo guta muri yombi uyu mukuru w’igihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika cyo kimwe n’abandi babarirwa muri 30 bateguye igitero cyahitanye umujenerali w’Umunya Iran wiciwe i Baghdad muri Iraq. Umushinjacyaha w’Umunya Iran witwa Ali Alqasimehr, kuri uyu […]

Bwa mbere mu mateka u Burundi bugiye kugira Minisitiri w’Umutwa

Ihuriro ry’Abatwa bo mu gihugu cy’u Burundi kikigendera ku moko y’Abakoloni, ryishimiye Minisitiri wa mbere ukomoka muri ubwo bwoko wagizwe Minisitiri muri Guverinoma y’u Burundi. Mu ijoro ryakeye ni bwo Perezida w’u Burundi, Ndayishimiye Evariste na Minisitiri w’Intebe, General Alain Guillaume Bunyoni, bashyizeho Guverinoma nshya y’iki gihugu igizwe n’abaminisitiri 15, bavuye kuri 23 cyari gisanganywe. […]

Amateka Kagere amaze kwandika mu minsi 732 amaze muri Simba SC

Ikipe ya Simba Sports Club yo muri Tanzania ikinamo Umunyarwanda Meddie Kagere, yaraye yegukanye igikombe cya shampiyona ya Tanzania nyuma yo kujya kunganya 0-0 na Tanzania Prison. Hari mu mukino w’umunsi wa 32 wa Shampiyona ya Tanzania Simba yasabwagamo inota rimwe, ubundi igatwara igikombe cya Shampiyona ku ncuro ya gatatu yukurikiranya, n’icya 21 mu mateka […]

Igisirikare cy’u Burundi cyaba kihishe inyuma y’igitero cy’i Nyaruguru?

Abitwaje intwaro bagabye igitero mu murenge wa Ruheru mu karere ka Nyaruguru bashobora kuba bari bashyigikiwe n’igisirikare cy’u Burundi, nk’uko abaganiriye na SOS Media Burundi babihamirije icyo gitangazamakuru gikorerara i Burundi. Ni igitero cyagabwe mu rukerera rwo ku wa gatandatu tariki ya 27 Kamena, gikomerekeramo abasirikare batatu b’u Rwanda na ho ku ruhande rw’abakigabye ingabo […]

Guverinoma ya Malta yageneye Namibia toni zirenga 460 z’ibijumba

Igihugu cya Malta cyageneye Namibia toni 468 z’ibijumba nk’inkunga yo gufasha abarenga ibihumbi 500 bo muri kiriya gihugu cy’Afurika y’Amajyepfo bugarijwe n’amapfa. Amakuru y’iyi nkunga igenewe abanya Namibia yemejwe na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Malta, yahamagariye abacuruzi bo muri icyo gihugu gushaka toni 500 z’ibijumba. Mu itangazo iyo Minisiteri yasohoye, yavuze ko “Mu buryo bwo […]

Igisirikare cy’u Burundi cyavuze ku gitero cyagabwe mu Rwanda

Igisirikare cy’u Burundi cyavuze ku gitero abitwaje intwaro bataramenyekana baraye bagabye mu karere ka Nyaruguru, cyemeza ko ubutaka bw’u Burundi budashobora kuba ibirindiro by’imitwe igamije guhungabanya umutekano w’ibihugu bituranye na bwo. Mu ma saa sita yo mu rukerera rwo kuri uyu wa gatandatu ni bwo abitwaje intwaro babarirwa mu ijana bagabye igitero ku birindiro by’ingabo […]

Abagabye igitero i Nyaruguru bari bitwaje bimwe mu bikoresho by’igisirikare cy’u Burundi

Igisirikare cy’u Rwanda, RDF, cyatangaje mu bikoresho cyafashe abitwaje intwaro baraye bagabye igitero mu karere ka Nyaruguru bari bafite harimo bimwe biriho ibirango by’igisirikare cy’u Burundi. Mu ma saa sita yo mu rukerera rwo kuri uyu wa gatandatu ni bwo abitwaje intwaro babarirwa mu ijana bagabye igitero ku birindiro by’ingabo z’u Rwanda biri mu murenge […]

Ishimwe rya Denise Nkurunziza nyuma yo gushyingura umugabo we wari perezida

Denise Bucumi Nkurunziza, umufasha wa Nyakwigendera Pierre Nkurunziza wahoze ayobora u Burundi, yashimiye ababaye hafi umuryango we mu bihe bikomeye wari umazemo ibyumweru birenga bibiri, barimo na Perezida mushya w’u Burundi, Gen. Maj Evariste Ndayishimiye. Pierre Nkurunziza wabaye Perezida w’u Burundi kuva muri 2005 yapfuye ku wa 08 Kamena uyu mwaka aguye mu bitaro bya […]

Abasirikare batatu b’u Rwanda bakomerekeye mu gitero cyagabwe i Nyaruguru giturutse i Burundi

Igisirikare cy’u Rwanda RDF, cyatangaje ko abantu bitwaje intwaro bataramenyekana bagabye igitero ku ngabo zacyo ziri mu murenge wa Ruheru mu karere ka Nyaruguru, kigakomerekeramo abasirikare batatu b’u Rwanda na ho ku ruhande rw’abakigabye hagapfamo bane. RDF mu Itangazo rigenewe abanyamakuru yasohoye, yavuze ko icyo gitero cyagabwe mu saa sita n’imininota 20 mu ijoro ryakeye, […]

Ibya Rayon Sports na Muhadjiri byapfuye ku munota wa nyuma

Ibiganiro byari bimaze igihe bijya mbere hagati ya rutahizamu Muhadjiri Hakizimana na Rayon Sports yamwifuzaga, byapfuye ku munota wa nyuma. Hari hashize igihe kirenga ibyumweru bibiri uyu rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi avugwa muri Rayon Sports, ndetse yemwe amakuru yaramutse kuri uyu wa gatanu yavugaga ko uyu musore ashobora gusinya uyu munsi. Byavugwaga ko Muhadjiri Hakizimana […]

Umunyamakuru wa UKWEZI yasobanuye uko Gitifu wo muri Gisagara yamuteze ruswa

Umunyamakuru Nsanzimana Ernest ukorera ikinyamakuru UKWEZI, yavuze ko aheruka gutegwa ruswa na Mukamisha Laetitia uyobora akagari ka Nyabisagara gaherereye mu murenge wa Mukindo w’akarere ka Gisagara, agamije kumuteza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB. Nsanzimana yabwiye BWIZA ko ku wa kane tariki ya 25 Kamena, yari yitabye Ishami rya RIB rikorera mu karere ka Gisagara, kugira ngo […]

Kenya: Polisi yatangaje ko yarashe abaturage batatu

Polisi ya Kenya kuri uyu wa gatanu, yatangaje ko yarashe abantu batatu barapfa ubwo igikundi cy’abamotari bigaragambyaga bamagana itabwa muri yombi rya mugenzi wabo wari wishe amabwiriza yo kwirinda Covid-19. Itangazo iyo Polisi yasohoye, rivuga ko yarasiye abo bamotari mu mujyi wa Lessos uri mu Burengerazuba bwa Kenya, nyuma yo guhangana na yo. Polisi ya […]

Abafana ba Liverpool bishe umukwabu bajya kwishimira igikombe cya Shampiyona batwaye

Ibihumbi by’abafana ba Liverpool yo mu gihugu cy’Ubwongereza, barenze ku mabwiriza agenga umukwabu muri kiriya gihugu bajya kuri Stade ya Anfield Road mu rwego rwo kwishimira igikombe cya Shampiyona ikipe tabo yaraye itwaye nyuma y’imyaka 30 yari ishize itagitwara. Mu ijoro ryakeye ni bwo Liverpool yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Abongereza, nyuma y’uko Manchester City yari […]

U Rwanda na Marroc byemeranyije gufatanya mu gufata abanyabyaha

U Rwanda n’ubwami bwa Marroc basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu butabera, aho umunyabyaha ashakishwa na kimwe muri ibi bihugu azajya atabwa muri yombi akaburanishirizwa aho ari. Ku wa Gatatu tariki ya 24 Kamena, Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda umutwe w’abadepite, yatoye yemeza amategeko abiri yerekeye gufashanya mu bucamanza mu bibazo byerekeye abakoze ibyaha no kwemeza amasezerano […]

Liverpool yegukanye igikombe cya shampiyona y’Abongereza nyuma y’imyaka 30 itagitwara

Ikipe ya Liverpool yegukanye igikombe cya shampiyona y’Abongereza yaherukaga gutwara mu myaka 30 ishize, nyuma y’uko Chelsea itsinze Manchester City bari bagihanganiye ibitego 2-1. Ibitego bya Christian Pulisic ku munota wa 34 na Willian ku wa 79 w’umukino byari bihagije kugira ngo Liverpool yegukane igikombe cya shampiyona y’Abongereza, dore ko yasabwaga amanota abiri yonyine kugira […]

Burundi: Uwavugiraga Nkurunziza yagizwe umuvugizi wa Perezida Ndayishimiye

Perezida w’u Burundi, Gen. Maj Ndayishimiye Evariste, kuri uyu wa kane tariki ya 25 Kamena, yemeje Jean Claude Karerwa Ndenzako wari usanzwe ari umuvugizi wa Pierre Nkurunziza kuba umuvugizi we mushya. Ndenzako yashyizweho kuri uyu wa 25 Kamena 2020, n’iIteka rya Perezida wa Repubulika y’u Burundi rigena umuvugizi wa Perezida wa Repubulika, nk’uko biteganywa n’Itegeko […]

Abasirikare ba Uganda bakurikiranweho kwica umuvugabutumwa

Igisirikare cya Uganda (UPDF), cyatangaje ko cyataye muri yombi abasirikare babiri bacyo bakurikiranweho kwicira umuvugabutumwa mu gace ka Kasese. Abatawe muri yombi ni Lt. Talent Akampurira wari uyoboye irondo ubwo uwo muvugabutumwa yaraswaga n’undi uri ku rwego rwa Private witwa Lokwapa Abraham. Uyu witwa Private Lokwapa Abraham bivugwa ko ari we warashe mu kico Benon […]

Perezida Macky Sall yishyize mu kato

Umuvugizi wa Perezida Macky Sall wa Sénégal, yatangaje ko uyu mukuru w’igihugu yamaze kwishyira mu kato nyuma yo guhura n’umuntu wanduye icyorezo cya Covid-19. Itangazo ryasohowe n’ibiro bya Perezida Sall rigatambuka kuri Televiziyo y’igihugu, rivuga ko Perezida Sall bamupimye bagasanga nta Covid-19 yanduye, gusa akaba yahisemo kwishyira mu muhezo mu gihe cy’ibyumweru bibiri nk’ingamba yo […]

Martial: Umukinnyi wa mbere mu myaka irindwi ishize watsindiye Man United Hat-trick muri Shampiyona

Umufaransa Anthony Martial, yafashije Manchester United gutsinda Sheffield United ibitego 3-0, aba Umukinnyi wa mbere ubashije gutsindira Manchester United ibitego bitatu mu mukino umwe wa shampiyona y’Abongereza mu myaka irindwi ishize. Umuholandi Robin Van Persie ni we waherukaga gutsinda Hat-trick muri shampiyona y’Abongereza yambaye umwambaro wa Manchester United. Ibitego bya Martial byafashije Manchester United gusatira […]

Bobi Wine yavuze ko nta kizamubuza kwiyamamariza mu kivunge

Umuhanzi akaba n’umudepite, Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yatangaje ko ibikorwa byo kwiyamamaza muri Uganda nibitangira azabikorera mu kivunge, bitandukanye n’amabwiriza yashyizweho na Komisiyo ishinzwe amatora. Mu cyumweru gishize Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Uganda yatangaje ko kubera ko icyorezo cya Covid-19 gikomeje gufata indi ntera kandi imyiteguro y’amatora […]

Burundi: Minisitiri w’Intebe na Visi-perezida barahiriye imbere ya Perezida n’Inteko Ishinga Amategeko

Bari imbere ya Perezida Gen. Maj. Evariste Ndayishimiye, Inteko Ishinga amategeko ndetse n’abacamanza b’Urukiko rushinzwe kurinda Itegekonshinga; Gen. Alain Guillaume Bunyoni uherutse kugirwa Minisitiri w’Intebe w’u Burundi na Prosper Bazombanza uherutse gutorerwa kuba Visi-perezida w’iki gihugu barahiriye inshingano bahawe. Ni umuhango wabereye mu ngoro ishinga amategeko y’u Burundi kuri uyu wa gatatu tariki ya 24 […]

Abayobozi muri Leta bashinjwa kunyereza za miliyari bafunzwe by’agateganyo

Abayobozi muri Leta y’u Rwanda barimo Caleb Rwamuganza wahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Imari n’igenamigambi, bafunzwe by’agateganyo iminsi 30 nyuma y’uko Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwanze ko batanga ingwate ngo baburane bari hanze. Uretse Rwamuganza, abandi baregwana na we barimo Godfrey Kabera, Umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’Imari, Eric Serubibi wahoze ari Umuyobozi mukuru w’ikigo […]

Igitutu kuri Real Madrid nyuma y’uko FC Barcelona itsinze Athletic Bilbao

Ikipe ya Real Madrid yasubiye ku gitutu cyo kongera kurwana no gusubira ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona ya Espagne, nyuma y’uko FC Barcelona itsinze bigoranye Athletic Bilbao ikisubiza ikawisubiza. Hari mu mukino w’umunsi wa 31 wa Espagne wakiniwe kuri Stade ya Camp Nou itari irimo abafana. Igitego rukumbi cyatsinzwe na Ivan Rakitic […]

Nyaruguru: Biyemeje gutanga umuganda wa buri munsi mu kubaka amashuri

img-20200623-wa0034_1592932761008.jpg

Bitewe n’uko muri iki gihe cy’impeshyi imirimo y’ubuhinzi ari micye, abaturage batuye mu masibo abiri yo mu karere ka Nyaruguru, bari gusimburana buri munsi, bakora umuganda wo kubaka amashuri kugira ngo ibyumba bishya 600 bizabe byuzuye mbere ya Nzeri 2020. Sinigenga Desire ni umuyobozi w’umudugudu wa Banga, mu kagari ka Mpanda, mu murenge wa Kibeho. […]

Gasogi United yasinyishije Umukongomani wifuzwaga na Rayon Sports

Ikipe ya Gasogi United ikomeje kwiyubaka, yamaze gusinyisha rutahizamu Emmanuel Bola Lobota ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wifuzwaga n’ikipe ya Rayon Sports. Uyu rutahizamu usanzwe ukinira ikipe y’igihugu cye, yasinye imyaka ibiri muri Gasogi United nk’uko iyi kipe yabyemeje. Gasogi United ibinyujije kuri Twitter yagize iti”Birabaye birabaye! Misile Mpuzamahanga kirimbuzi akaba ari Bola […]

Umukinnyi wa mbere ku Isi wa Tennis yanduye Covid-19

Umunya Serbia, Novak Djokovic ufatwa nk’umukinnyi wa mbere ku Isi ukina umukino wa Tennis, yatangaje ko yamaze kwandura icyorezo cya Covid-19. Ni amakuru uyu mugabo yahishuye nyuma y’uko abarimo Grigor Dimitrov, Borna Coric na Viktor Troicki na bo bakina Tennis batangaje ko banduye kiriya cyorezo, nyuma yo kwitabira irushanwa ryitwa Adria Tour competition ryateguwe na […]

Uruhare rwa Operasiyo Turquoise mu gufata ku ngufu abagore n’abakobwa mu nkambi ya Nyarushishi

Abasirikare b’Abafaransa bageze i Nyarushishi tariki ya 23 Kamena 1994. Byavugwaga ko Operasiyo Turquoise yari ije cyane cyane gutabara abantu bari barahungiye mu nkambi ya Nyarushishi. Ariko ubuhamya bw’impunzi n’ubwa bamwe mu Nterahamwe zakoreye muri ako gace buvuga ko ahubwo Abatutsi bakomeje kwicwa n’Interahamwe, kandi ko abasirikare b’Abafaransa bafashe ku ngufu abagore n’abakobwa b’impunzi bavugaga […]

Byinshi kuri Zinedine Zidane kuri iyi tariki wujuje imyaka 48 y’amavuko

Ku itariki nk’iyi mu myaka 48 ishize, ni bwo Umufaransa Zinedine Zidane wabaye igihangange muri ruhago mbere yo gukomereza ubuzima mu mu mwuga w’ubutoza. Kuri ubu ni umutoza w’ikipe ya Real Madrid yo mu gihugu cya Espagne, ikipe uyu mugabo wakinnye umupira ku rwego rwo hejuru akomeje kubakira ibigwi bikomeye. Ubuzima bwa Zinedine Zidane Zidane […]

Dr Léon Mugesera yasabye ko ibyaha ashinjwa abihanagurwaho

Dr Léon Mugesera wahamijwe ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi, yasabye Urukiko rw’Ubujurire kumuhanaguraho ibyaha yahamijwe n’Urukiko Rukuru, ngo kuko ibyo rwashingiyeho rumuhanisha igifungo cya burundu ari ibinyoma abatangabuhamya bigishijwe. Ku wa mbere tariki 22 Kamena 2020, ni bwo iburanisha ku bujurire bwa Dr Mugesera ryari ryakomeje, hasobanurwa byimbitse inenge Mugesera yabonye mu batangabuhamya […]

Uganda: Bobi Wine yashinje Museveni gufata Abagande nk’ibicucu

Umudepite Robert Kyagukanyi uzwi cyane nka Bobi Wine yamaganye gahunda ya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Uganda y’uko hakwifashishwa ikoranabuhanga mu bikorwa birebana n’amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu ntangiriro z’umwaka utaha mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, avuga ko Perezida Museveni ari we uri inyuma yayo. Kuri uyu wa mbere uyu munya Politiki ukuriye ihuriro […]

Itangizwa rya ‘OperasiyoTurquoise’ y’Abafaransa bari baje gutabara ingabo za guverinoma y’abicanyi

Kuva muri Mata 1994, FPR yiyemeje kurwanya Jenoside, irwana inkundura na Guverinoma y abicanyi, bituma irokora ubuzima bw’abantu ibihumbi n’ibihumbi bari bagiye kwicwa. Mu gihe cya Jenoside, abasirikare ba Guverinoma y’abicanyi barimo batsindwa ku rugamba, bitabazaga buri gihe igihugu cy’Ubufaransa kugira ngo kibafashe. Guverinoma y’abicanyi yabonaga operasiyo Turquoise nk’igisubizo kubyo yifuzaga, n’Ubufaransa bukayibonamo uburyo bwo […]

RDC: Inyeshyamba za ADF zo muri Uganda zishe abasivile 19

Ibitero Inyeshyamba za ADF zagabye mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera z’icyumweru gishize, byaguyemo abantu 19 nk’uko byatangajwe n’abayobozi bo muri kiriya gihugu. Mu bishwe harimo abantu icyenda bashimuswe na ziriya nyeshyamba ku wa gatanu w’icyumweru gishize, mbere y’uko imirambo yabo iboneka mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ejo ku cyumweru. Ni […]

Espagne: Zahinduye imirishyo hagati ya FC Barcelona na Real Madrid

Ikipe ya Real Madrid yaraye ifashe umwanya wa mbere ku rutonde rwa Shampiyona ya Espagne, nyuma yo kujya gutsinda bigoranye cyane ikipe ya Real Sociedad ibitego 2-1. Hari mu mukino w’umunsi wa 30 wa La Liga iyi kipe yasabwaga gutsinda, nyuma y’uko ku wa gatandatu w’icyumweru gishize FC Barcelona yari iya mbere yananiwe gutsinda Sevilla […]

Burundi: Igikombe cya shampiyona cyabonye nyiracyo

Ikipe ya Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi, yaraye yegukanye igikombe cya shampiyona y’iki gihugu ku ncuro ya kabiri mu mateka yayo, nyuma yo kunyagira Inter Star ibitego 3-0. Hari mu mukino w’umunsi wa 29 wa shampiyona y’ikiciro cya mu Burundi ibura umunsi umwe w’imikino igasozwa. Ibitego bya Olivier Bayizere ku munota wa […]

Hon. Tushabe yihanangirije abayobozi bakomeje guhindanya isura ya Nyaruguru

img-20200620-wa0008_1592674510411.jpg

“Ntituzihanganira na rimwe umuyobozi uvanga inyungu ze bwite n’iza Leta” ni amwe mu magambo yavuzwe na Hon. Richard Tushabe, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Imari muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, akaba n’Imboni ya Nyaruguru, ubwo yagarukaga ku kibazo cya bamwe mu bayobozi bo muri aka karere bakurikiranweho icyaha cy’imicungire mibi y’ibya rubanda muri iyi minsi. Ubwo butumwa […]

Imyiteguro yo gutsemba Abatutsi mu Bisesero n’itangizwa rya “Operasiyo insectcide”

Muri Kanena 1994 muri Perefegitura ya Kibuye, kimwe n’ahandi henshi mu gihugu ubwicanyi bwari bwarakozwe hasigaye Abatutsi bake cyane bari bakivumburwa aho bihishe. Muri Kibuye ahari harasigaye Abatutsi ni mu Bisesero. Habayeho ibyemezo bya Guverinoma n’ibya Perefegitura ya Kibuye n’ingabo, kugira ngo begeranye imbaraga n’ibikoresho byo kujya kwica Abatutsi bari bagikomeje kwirwanaho mu Bisesero bahanganye […]

Mme Jeanette Kagame yasabye ababyeyi kwigisha abana babo umuco w’ubumuntu

Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeanette Kagame, yasabye ababyeyi n’abarezi gukomeza kwigisha abana n’abakibyiruka umuco w’ubumuntu, mu rwego rwo guharanira ko Jenoside nk’iyakorewe Abatutsi itazongera ukundi. Ni ubutumwa umufasha w’umukuru w’igihugu yageneye Abanyarwanda kuri uyu wa gatandatu, umunsi hibutsweho imiryango yazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyateguwe n’Umuryango uhuza abahoze ari abanyeshuri […]

Adil yahishuye icyamufashije kwitwara neza muri APR FC n’imishinga ayifitemo

Umunya Marroc, Mohammed Adil Erradi utoza ikipe ya APR FC yahishuye ibanga yakoresheje rikamufasha kwitwara neza muri iyi kipe y’ingabo z’igihugu ndetse n’imishinga itandukanye ayifitiye nyuma y’umwaka umwe ayitoza. Amakuru ariho avuga ko uyu mugabo w’imyaka 41 yamaze kongera amasezerano y’imyaka ibiri yo gukomeza gutoza APR FC, nyuma yo kongererwa umushahara ukava kuri 18,000,000 Rwf […]

Rutanga yatandukanye na Police FC yaherukaga kumuvana muri Rayon Sports

Myugariro Eric Rutanga wari umaze igihe gito asinye amasezerano muri Police FC nyuma yo kuyigeramo avuye muri Rayon Sports, yamaze gutandukana na yo yerekeza muri Young Africans yo muri Tanzania. Rutanga wari ufitanye na Police FC amasezerano y’imyaka ibiri yatandukanye na yo nta mukino n’umwe arayikinira. Amakuru avuga uyu musore ukina inyuma ku ruhande rw’ibumoso […]

Dr Léo Mugesera yanze kugira icyo avuga ku jambo ashinjwa kuvugira ku Kabaya

Dr Léon Mugesera wahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yirinze kugira icyo avuga ku mbwirirwaruhame ashinjwa kuvugira ku Kabaya mu 1992 ivugwa kuba yari yuzuye urwango rukomeye ku Batutsi, ndetse ikanabagiraho ingaruka kuko abenshi batangiye kwicwa nyuma gato y’uko yari imaze kuvugwa. Kuri uyu wa gatanu ni bwo hari hasubukuwe urubanza ku bujurire […]

Nyaruguru: Undi mukozi ku rwego rw’umurenge yatawe muri yombi

Ku gicamunsi cyo kuwa 17 Kamena 2020, Mayira Jean, wari umukozi w’umurenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru, ushinzwe amakoperative, umurimo n’iterambere (BDE) yatawe muri yombi na RIB akekwaho kugira uruhare mu kunyereza imbuto y’ibirayi n’ifumbire mvaruganda byagenewe abaturage. Haravugwa kandi n’abandi bakozi babiri: Hagenimana Emmanuel wari ushinzwe imibereho myiza (SEDO) mu kagari ka Gahurizo, […]

Minisitiri Niyitegeka Eliezer mu ishyirwa mu bikorwa rya politiki mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye

Mu gihe Guverinoma y’abicanyi yarimo itsindwa ku rugamba, yakoze uko ishoboye kugira ngo yihutishe ubwicanyi mu turere yagenzuraga, binyuze muri gahunda ya Jean Kambanda yo gushinga buri mu Minisitiri akarere yagombaga gukurikirana akagenzura ko Abatutsi batsembwa nk’uko byari byarateguwe. NIYITEGEKA Eliezer yagize uruhare runini mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyo politiki ya jenoside muri Perefegitura ya […]

Karim Benzema yabaye uwa gatanu umaze gutsindira Real Madrid ibitego byinshi mu mateka

Umufaransa Karim Benzema, yabaye umukinnyi wa gatanu umaze gutsindira Real Madrid ibitego byinshi mu mateka yayo, nyuma yo kuyifasha gutsinda FC Valence ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa 29 wa shampiyona ya Espagne wabaye mu ijoro ryakeye. Ibitego bibiri bya Karim Benzema, na kimwe cya Marco Asensio winjiye mu kibuga asimbura, byari bihagije kugira ngo […]

Rayon Sports yavuze imyato mwishywa wa Emmanuel Adebayor yasinyishije

Ikipe ya Rayon Sports ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yatangaje ko yamaze gusinyisha rutahizamu w’Umunya Togo witwa Alex Harlley ivuga ko ari mwishywa wa Emmanuel Adebayor wamamaye mu makipe nka Arsenal ndetse akaba ari na Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Togo. Uyu rutahizamu w’imyaka 27 uzwi nka Magicien du Togo (Umunyabufindo wa Togo), yasinye imyaka ibiri […]

Abanyamategeko bo muri Canada basabye ICC gutangiza iperereza kuri Joseph Kabila

Itsinda ry’abanyamategeko bo mu gihugu cya Canada, bandikiye Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (CPI/ICC), barusaba gutangiza iperereza kuri Joseph Kabila wahoze ayobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abahoze ari ibyegera bye ngo hamenyekane uruhare rwabo mu byaha byibasiye inyokomuntu byakozwe mu gihe cy’ubutegetsi bwe. Mu ibaruwa abo banyamategeko bandikiye umushinjacyaha mukuru wa ICC, Fatou Bensouda, bagaragaje ko […]

Gen. Maj Evariste Ndayishimiye yarahiriye kuyobora u Burundi

Kuri uyu wa kane tariki ya 18 Kamena, Gen. Maj Ndayishimiye Evariste uheruka gutorerwa kuyobora igihugu cy’u Burundi, yarahiriye kukiyobora ahabwa ibirango bwacyo n’urukiko rushinzwe kurinda itegekonshinga. Ni umuhango wabereye muri Stade Ingoma iherereye mu mujyi wa Gitega usigaye warahindutse umurwa mukuru mushya w’u Burundi. Ku wa 20 Gicurasi ni bwo Abarundi babyukiye mu matora […]

Uko Minisitiri Karemera yandikiye umuyobozi w’ingabo muri Gisenyi amubwira uburyo bwo kwica Abatutsi mu Bisesero

Inama ya Guverinoma yo ku wa 17 Kamena 1994 yemeje ko Abatutsi bo mu Bisesero bagomba kwicwa ku buryo bwihuse, kandi hagafatwa ingamba zo kurinda ibikorwaremezo byo mu karere Bisesero iherereyemo. Ishyirwa mu bikorwa ry’ubwo bwicanyi ryarihutishijwe ku buryo bwose bushoboka, bikozwe na Guverinoma ya KAMBANDA n’abasirikare bayo. LIYETONA KOLONELI Anatole NSENGIYUMVA YAHAWE AMABWIRIZA YO […]

Napoli yatsinze Juventus itwara Coppa Italia, David Luiz ateza Arsenal Man City

Ikipe ya Napoli yaraye yegukanye igikombe cy’Ubutaliyani (Coppa Italia) cya gatandatu mu mateka yayo, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Juventus de Tulin kuri penaliti 4-2. Ni nyuma y’uko iminota isanzwe y’umukino yari yarangiye amakipe yombi anganya 0-0. Arkadiusz Milik ni we watsinze Penaliti yahesheje Napoli igikombe, nyuma y’uko penaliti ya Paulo Dybala yari […]

Young SC ya Haruna yakase myugariro wayo Tsh1,000,000 imuziza gukandagira umukinnyi wa JKT

Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania ikinamo Abanyarwanda babiri, Haruna Niyonzima na Sibomana Patrick Papy, yamaze gufatira ibihano Lamine Moro ukina mu bwugarizi bwayo imuziza gukubita umugeri Mwinyi Kazimoto ukinira ikipe ya JKT Tanzania. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu Yanga na JKT zari zahuriye mu mukino w’umunsi wa 29 wa shampiyona ya […]

Perezida Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya Afurika n’u Bushinwa

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu, yitabiriye inama idasanzwe y’umugabane wa Afurika n’u Bushinwa yari igamije kureba uko impande zombi zafatanya guhangana n’icyorezo cya Covid-19. Ni inama yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga, yari iyobowe na Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping, uwa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa unayobora Umuryango wa Afurika yunze ubumwe cyo kimwe […]

Amakipe atatu arimo Rayon Sports arashaka myugariro wahoze muri APR FC

Amakipe yo mu kiciro cya mbere hano mu Rwanda arimo AS Kigali, Kiyovu Sports na Rayon Sports, arashaka myugariro Rukundo Denis wanyuze muri APR FC nk’uko bitangazwa n’itangazamakuru ry’iwabo muri Uganda. Uyu musore ukina inyuma ku ruhande rw’iburyo (ahazwi nko kuri kabiri), kuri ubu akinira ikipe ya Police FC yo mu kiciro cya mbere muri […]

Uko inama ya Guverinoma ya Kambanda yabeshye ko mu Bisesero hari Inyenzi ikajya gutsemba Abatutsi baho bari bataricwa

Ubutwari bw’Abatutsi bo mu Bisesero bumaze kumenyekana mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri 1994, Abasesero bahanganye n’ibitero by’Interahamwe igihe kirenze amezi abiri kugeza ubwo Inama ya Guverinoma ya KAMBANDA ishyira icyo kibazo ku byagombaga kwigwaho mu nama yo ku wa 17 Kamena 1994. Hafashwe icyemezo cyo koherezayo abasirikare n’umubare munini w’Interahamwe kugira ngo bice […]

Mu bihe by’intambara, abana ni bo bapfa ari benshi kurusha abarwanyi

Muri ibi gihe, 90% y’abantu bahitanwa n’intambara zibera ku Isi ni abaturage b’abasivili. Abenshi muri abo ni abagore n’abana. Ibi bitandukanye n’intambara zo hambere (mu myaka 50 ishize), aho abahitanwaga nazo, abasaga 90% babaga ari abarwanyi cyangwa abafitanye isano nayo ku buryo butaziguye. Nk’uko icyegeranyo cy’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Bana (Save The Children) cyasohotse mu […]

Burundi: Hari abayobozi bafite ubwoba ko bazicwa n’abambari ba CNDD-FDD

Bamwe mu bayobozi bo ku rwego rw’umurenge wa Nyange-Bushaza uherereye muri Komini ya Kirundo mu Ntara ya Kirundo, bavuga ko bafite impungenge ku mutekano w’ubuzima bwabo, ngo kuko hari abayobozi bo mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi bababwira ko bazabica. Abavuga ko bafite impungenge z’ubuzima bwabo barimo uwitwa Chantal Nahimana na Jean-Bosco Nahiyayezu. […]

Abasirikare 20 b’u Buhinde baguye mu ntambara y’amabuye n’inkoni yabasakiranyije n’ab’u Bushinwa

Leta y’u Buhinde yatangaje ko abasirikare 20 bayo bitabye Imana, nyuma y’intambara y’amabuye n’inkoni yabasakiranyije n’ab’u Bushinwa ahitwa Ladakh, agace gaherereye mu karere ka Kashmir ibihugu byombi bimaze igihe bipfa. Urupfu rwa bariya basirikare b’Abahinde rwaje rukurikira umwuka mubi ukomeje gututumba hagati y’iki gihugu n’Ubushinwa, by’umwihariko mu myaka 45 bikaba ari ubwa mbere ubushyamirane bw’ibihugu […]

Bayern Munich yegukanye igikombe cya shampiyona y’Abadage cya munani yikurikiranya

Ikipe ya Bayern Munich yegukanye igikombe cya shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Budage ku ncuro ya munani yikurikiranya, nyuma yo gutsinda igitego 1-0 Werder Bremen. Hari mu mukino w’umunsi wa 32 w’iyi shampiyona wakinwe kuri uyu wa kabiri, mbere y’uko hakinwa imikino ibiri igasozwa ku mugaragaro. Igitego cy’Umunya-Pologne, Robert Lewandowski, cyo ku munota wa 43 […]

Kiyovu Sports yasinyishije abandi bakinnyi babiri bakinira ikipe y’igihugu y’u Burundi

Ikipe ya Kiyovu Sports ikomeje kwiyubaka, yamaze gusinyisha abandi bakinnyi babiri bombi bakinira ikipe y’igihugu y’u Burundi Intamba mu rugamba, barimo myugariro Ngandu Omar wanyuze mu makipe atandukanye hano mu Rwanda na Bigirimana Abed ukina hagati mu kibuga. Aba basore bombi basinye imyaka ibiri yo gukinira Kiyovu Sports. Myugariro Ngandu Omar usanzwe avukana na Niyonzima […]

Nyamagabe: Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Kibilizi akekwaho gusambanyiriza umwana kwa muganga

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera mu karere ka Nyamagabe, mu ntara y’amajyepfo, rwataye muri yombi Nsegimana Didace, uyobora Ikigo Nderabuzima cya Kibilizi giherereye mu murenge wa Kibilizi wo muri kariya karere, akurikiranweho icyaha cyo gusambanyiriza umwana ku kigo nderabuzima. Uwahaye BWIZA amakuru wanze ko amazina ye ajya mu itangazamakuru, yavuze ko ejo ku wa mbere […]