Perezida Paul Kagame yongeye gutorerwa kuyobora RPF-Inkotanyi

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri iki cyumweru tariki ya 02 Mata 2023, yongewe gutorerwa kuyobora umuryango wa RPF-Inkotanyi mu myaka itanu iri imbere. Umukuru w’Igihugu yatorewe mu nteko rusange ya 16 ya RPF Inkotanyi yabereye i Rusororo ku kicaro cy’uyu muryango. Yatowe ku bwiganze bw’amajwi 2099 muri 2102 y’abanyamuryango batoye, angana na 99.8%. Yahigitse […]

Chelsea igeze aharindimuka yirukanye umutoza

Ikipe ya Chelsea FC yamaze gutandukana na Graham Potter wari umutoza wayo mukuru, nyuma y’igihe yitwara nabi muri shampiyona y’Abongereza. Iyi kipe y’i Londres yirukanye uyu mutoza wari uyimazemo amezi arindwi yonyine, mu gihe muri Nzeri umwaka ushize ari bwo yari yaramusinyishije amasezerano y’imyaka itanu. Mu mikino 22 yari amaze kuyitoza irindwi muri yo yonyine […]

APR FC na Kiyovu Sports zatsinze bigoranye, zitangira kwanikira Rayon Sports

Ikipe ya APR FC kuri iki cyumweru yatsinze bigoranye Bugesera FC ibitego 2-1, biyihesha gukomeza kuyobora by’agateganyo urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere. Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yari yakiriye Bugesera y’umutoza Eric Nshimiyimana, mu mukino w’umunsi wa 24 wa shampiyona wabereye kuri Stade y’i Bugesera. Ni umukino APR FC yasabwaga gutsinda igashyiramo ikinyuranyo cy’amanota atandatu […]

Tshisekedi yakoze impinduka muri Guverinoma, aha imyanya ikomeye Bemba na Kamerhe

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakoze impinduka muri Guverinoma y’Igihugu cye zasize yinjije muri Guverinoma y’Igihugu cye abarimo Jean Pierre Bemba na Vital Kamerhe. Iby’izi mpinduka byatangarijwe mu itangazo ryasomewe kuri Radiyo na Televiziyo by’igihugu cya Congo (RTNC) mu ijoro ry’ejo ku wa Kane tariki ya 23 Werurwe rishyira […]

Hatangajwe igihe UPDF izoherereza Ingabo zayo muri RDC

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyatangaje ko mu mpera z’uku kwezi kwa Werurwe 2023 ari bwo kizohereza Ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu butumwa bwo kuhagarura amahoro. Ni amakuru yemejwe kuri uyu wa Kane na Colonel Mike Walaka wa UPDF, nyuma yo guhura na Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Gen Constant Ndima Kongba. […]

Tshisekedi yaba yitabaje Nicolas Sarkozy ngo amuhurize mu biganiro na Perezida Kagame

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabaje Nicolas Sarkozy wahoze ari Perezida w’u Bufaransa ngo amuhurize mu biganiro na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda. Ni Sarkozy uri i Kinshasa mu ruzinduko rw’iminsi ibiri ari kuhagirira kuva ku wa Gatatu. Ikinyamakuru Africa Intelligence kivuga ko uru ruzinduko rwagizwemo uruhare na […]

Amavubi y’abakinnyi 10 akuye inota rimwe kuri Bénin

1679500855337.jpg

Amavubi y’u Rwanda afashijwe n’umuzamu Ntwari Fiacre by’umwihariko yanganyije na Les Guépards ya Bénin igitego 1-1 mu mukino u Rwanda rwahawe ikarita itukura. Amavubi yari yakiriwe n’ikipe ya Bénin kuri Sitade de l’Amitié Gén Mathieu i Cotonou mu mukino w’umunsi wa 4 wo gushaka itike y’irushanwa nyafurika rya AFCON 2023 wasifuwe n’Abanya-Botswana bayobowe na Joshua […]

Mesut Özil yasezeye ku mupira w’amaguru

Umudage Mesut Özil wamenyekanye mu makipe atandukanye nka Real Madrid na Arsenal, yasezeye ku mupira w’amaguru kuri uyu wa Gatatu. Uyu mukinnyi ufatwa nk’umwe mu beza babayeho bakina mu kibuga hagati yemeje amakuru y’isezera rye abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram. Ni icyemezo yafashe nyuma yo kwibasirwa n’imvune z’akarande. Özil yakinnye umukino we wa nyuma […]

Uganda yemeje itegeko ryo gufunga abatinganyi, hari n’abazajya bakatirwa urwo gupfa

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda ku wa Kabiri, yemeje umushinga w’itegeko rihindura icyaha ibikorwa byo kuryamana kw’ababana bahuje ibitsina. Ni itegeko kuri ubu hagitegerejweho ko rihabwa umugisha na Perezida Yoweri Museveni ubwe wakunze kumvikana yamagana biriya bikorwa. Iri tegeko ryatowe ku bwiganze n’abadepite ba Uganda riha inshingano inshuti, imiryango ndetse n’abagize sosiyete ya Uganda muri […]

Igisubizo cya M23 ku bibaza amaherezo yayo nyuma yo kuva mu bice bitandukanye yahoze igenzura

Umutwe wa M23 wasubije abibaza amaherezo yawo, nyuma y’uko ukomeje kuva mu bice bitandukanye wigaruriye mu bice bitandukanye by’uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Uyu mutwe mu cyumweru gishize watangaje ko wavuye mu duce twa Karuba, Muremure, Nyamitima, Nkingo, Kagano, Kihuli (ku minara itatu) ndetse no mu nkengero zatwo. Ni uduce twose two muri […]

U Rwanda ntirucyakiriye Bénin kuri Sitade ya Huye

frxj2d2wwaiglve.jpg

U Rwanda ntirwemerewe kwakirira umukino rufitanye n’ikipe y’igihugu ya Bénin kuri Sitade ya Huye kubera ikibazo cy’amahoteri atujuje ibisabwa. Ibi Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika ‘CAF’ yabinyujije mu ibaruwa yandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Werurwe 2023. Muri iyo baruwa, CAF yavuze ko ibi […]

Bénin: Amavubi yahuye n’uruva gusenya ubwo yari mu myitozo

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ kuri uyu wa Kabiri yasohowe shishi itabona muri Stade yitiriwe Gen Mathieu Kirikou, ubwo yari mu myitozo yitegura umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2023 igomba guhuriramo na Les Guépards ya Bénin. Ni umukino wa gatatu wo mu tsinda L uteganyijwe saa kumi n’imwe z’i Kigali zo kuri uyu […]

Rutahizamu Emmanuel Adebayor yasezeye kuri ruhago

1679395613468.jpg

Rutahizamu w’Umunya-Togo wamenyekaniye cyane mu makipe ya Arsenal na Manchester City yamaze gusezera burundu kuri ruhago ku myaka 39 y’amavuko. Sheyi Emmanuel Adebayor asezeye kuri ruhago akinira AC Semassi y’iwabo muri Togo yagiyemo muri Nyakanga 2021 avuye muri Olimpia Asancio yo muri Paraguay, akaba yari amaze imyaka 22 akina nk’uwabigize umwuga. Urugendo rw’umupira w’amaguru rwa […]

Polisi y’u Rwanda yatangiye imikino ya EAPCCO yihaniza iy’u Burundi

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yatsinze iy’u Burundi ibitego 3-1, mu mukino w’irushanwa rya Eastern Africa Police Chiefs Cooperation Organization (EAPCCO) rihuza Polisi zihuriye muri uyu muryango riri kubera i Kigali. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino ufungura iri rushanwa mu mupira w’amaguru wabereye kuri Stade yitiriwe Pele i Nyamirambo. Polisi y’u Rwanda yari ihagarariwe […]

U Rwanda rubuze undi mukinnyi ukomeye ku mukino uruhuza na Bénin

frurx96xwaauo8s.jpg

Umukinnyi mpuzamahanga w’Umunyarwanda ukiniraya ikipe ya FC Zimbru Chisinau yo muri Moldova, Steve Rubanguka, ntazakina umukino Amavubi afitanye na Benin kuri uyu wa Gatatu kubera ibibazo bya pasiporo. Byari biteganyijwe ko Rubanguka ukina hagati mu kibuga agomba gusanga bagenzi be muri Benin kimwe na Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ na Raphael York ku munsi w’ejo ku wa […]

Umwe mu Banyarwanda bazwi kuri Twitter afunzwe azira gushishikariza abantu ‘gusambanya abana’

screenshot_20230321-113343_1.jpg

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi Tuyisenge Evariste uzwi nka NTAMA W’IMANA 2 ku rubuga rwa Twitter, nyuma yo gutangaza ubutumwa bushishikariza abantu gukora icyaha cyo gusambanya abana. RIB kuri Twitter yayo yatangaje ko “Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko [Tuyisenge] akoresha ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bw’urumogi gishobora kuba ari kimwe mu ntandaro z’ibyo […]

Perezida Paul Kagame ari i Doha

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ari i Doha mu gihugu cya Qatar, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi guhera kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Werurwe. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko muri uru ruzinduko n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani bakaganira ku bufatanye bukomeje hagati y’u Rwanda na Qatar mu nzego zitandukanye. […]

Ibintu 3 Gen. Muhoozi yigiye kuri Perezida Kagame

Umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni akanaba umujyanama we ku bikorwa byihariye, Gen Muhoozi Kainerugaba, avuga ko hari ibintu bitatu by’ingenzi yigiye kuri Perezida Paul Kagame ahamya ko ari umwe mu bantu b’ibihangange ku Isi. Ni mu butumwa uyu musirikare yanditse ku rubuga rwe rwa Twitter, mbere yo gushimira byimazeyo Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda. Yagize […]

Abasifuzi bahagaritswe nyuma yo kongera iminota 42 ku mukino

oq-sport-preview-90-plus-40_-_2023-03-20t163635_976.jpg

Ishyirahamwe ry’mupira w’amaguru muri Bolivia ryahagaritse abasifuzi batandatu basifuye umukino w’icyiciro cya mbere muri iki gihugu maze bakongeraho iminota irenga 42 nyuma y’iminota 90 isanzwe ikinwa. Ibi byabaye mu mukino ikipe ya Atletico Palmaflor yatsinzemo Blooming FC ibitego 3-2 ku wa Mbere w’icyumweru gishize. Uyu ni umwe mu mikino yakinwe igihe kirekire mu mateka kuko […]

Kenya: Abigaragambya birukankanye Polisi iyabangira ingata

Abanya-Kenya bashyigikiye uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi kuri uyu wa Mbere birukankanye abapolisi mu ntara ya Kisumu, biba ngombwa ko bakizwa n’amaguru. Ni nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yaramukiye mu mijyi itandukanye y’igihugu cya Kenya kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Werurwe 2023. Ni imyigaragambyo umunyapolitiki Raila Odinga ukuriye ihuriro Azimio la Umoja ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa […]

Igihugu cya mbere cyemeje ko cyiteguye guta muri yombi Putin ushakishwa na ICC

Igihugu cy’u Budage cyatangaje ko cyiteguye guta muri yombi Perezida Vladimir Putin, mu gihe uyu mukuru w’Igihugu cy’u Burusiya yaba akandagiye ku butaka bwacyo. Ni amakuru yemejwe na Minisitiri w’u Butabera w’u Budage, Marco Buschmann mu kiganiro aheruka kugirana n’ikinyamakuru Bild kiri mu bikomeye byandikira mu Budage. Yagize ati: “Putin naramuka yinjiye ku butaka bw’u […]

Imyigaragambyo ikomeye mu bihugu 6 bya Afurika kuri uyu wa Mbere

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi mu bihugu bitandatu bitandukanye bya Afurika, yateguye imyigaragambyo ikomeye iteganyijwe kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Werurwe 2023. Ni imyigaragambyo iteganyijwe mu bihugu bya Kenya, Afurika y’Epfo, Nigeria, Gambia, Tunisia na Sénégal. Nko muri Kenya, Opozisiyo yateguye imyigaragambyo igomba kubera mu gihugu hose, mu rwego rwo kwamagana itumbagira ry’ikiguzi cy’imibereho. […]

Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia yahaye abakinnyi b’Amavubi ubutumwa

frm4lvnxgaa421v.jpg

Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia, Amb. Hope Tumukunde Gasatura yasuye Abakinnyi maze abaha ubutumwa mbere yo guhaguruka muri Ethiopia berekeza i Cotonou muri Bénin. Ubu butumwa Ambasaderi yabutanze kuri iki Cyumweru tariki ya 19 Werurwe 2023 nyuma yo gusura aba basore bari bamaze gutsindwa na Ethiopia igitego 1-0 mu mukino wa gicuti utegura uwo bafitanye […]

FC Barcelona yatsinze Real Madrid, iyiha gasopo ku gikombe cya La liga

Ikipe ya FC Barcelona yatangiye gukoza imitwe y’intoki ku gikombe cya shampiyona ya Espagne, nyuma yo gutsinda mukeba wayo Real Madrid bagihanganiye ibitego 2-1. Iyi kipe y’umutoza Xavi Hernandez yari yakiriye Real Madrid i Spotify Camp Nou, mu mukino w’umunsi wa 26 wa shampiyona ya Espagne. Ni umukino ibi bigugu byombi byahuriyemo mu gihe Barça […]

Amavubi ‘agomba kubona itike ya CAN 2023’ yatsinzwe na Ethiopie mu mukino wo kwipima

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yatsinzwe na The Walia ya Ethiopia igitego 1-0, mu mukino wa gicuti amakipe yombi yari yahuriyemo kuri iki Cyumweru. Ni umukino amakipe yombi yari yahuriyemo i Addis-Abeba mu murwa mukuru wa Ethiopie, aho Amavubi y’u Rwanda yabanje kunyura mbere yo kwerekeza i Cotonou aho agomba guhurira n’Ibitarangwe (Les Guépards) bya Bénin. Igitego […]

CAF Champions league: Simba SC yakoreye ibya mfura mbi Horoya FC

Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania yakatishije itike ya ¼ cy’irangiza cya CAF Champions league, nyuma yo kunyagira Horoya FC yo muri Guinée-Conakry ibitego 7-0. Iyi kipe y’umutoza Robertinho yari yakiriye Horoya FC i Dar es Salaam, mu mukino wa gatanu wo mu tsinda C. Simba yasabwaga kuwutsinda ubundi ikajyana muri […]

Imirwano yongeye kubura hagati ya FARDC na M23

Imirwano hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’inyeshyamba za M23 yongeye kubura, nyuma y’agahenge kari kamaze icyumweru. Umuvugizi wa FARDC mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Col Guillaume-Ndjike Kaiko, mu itangazo yasohoye yavuze ko M23 ari yo yatangije iyi mirwano nyuma yo gutera ibirindiro bitandukanye by’Ingabo za Congo. Ibirindiro FARDC ivuga ko […]

Hakizimana Adolphe yongerewe mu bakinnyi Amavubi azitabaza yesurana na Bénin

Umunyezamu Hakizimana Adolphe usanzwe akinira ikipe ya Rayon Sports, yongerewe mu bakinnyi ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ izitabaza ihura na Bénin mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Côte d’Ivoire. Les Guépards ya Bénin izakira Amavubi y’u Rwanda mu mukino wa gatatu wo mu tsinda L uzabera i Cotonou ku wa 22 Werurwe; […]

Félix Tshisekedi mu rundi ruzinduko i Luanda

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ategerejwe i Luanda muri Angola aho aza kugirira uruzinduko rw’akazi kuri uyu wa Gatandatu. Ni uruzinduko rusiga agiranye ibiganiro na mugenzi we, Manuel João Lourenço. Kugeza ubu impamvu nyamukuru y’uruzinduko rwa Tshisekedi i Luanda ntiramenyekana, gusa itangazamakuru ryo muri icyo gihugu rivuga ko ari ijyanye […]

Inkomoko y’umukino w’urupfu

maxresdefault_3_-3.jpg

Abakunzi b’umupira w’amaguru, iyo hari umukino ukomeye bakunda kuva ati “Uyu ni umukino w’urupfu”. Nyamara nubwo babivuga gutya, ariko bya nyabyo uyu mukino wabayeho. Iby’umukino wiswe uw’urupfu bitangirana n’intambara ya kabiri y’isi yose yabaye mu mwaka w’1939-1945, ubwo u Budage bwatangizaga intambara mu Burayi. Mu mwaka wa 1941, nibwo u Budage bwateguye igitero ku bihugu […]

Perezida Cyril Ramaphosa aravuga ko hariho umugambi wo kumukorera Coup d’État

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, yatangaje ko imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe iteganyijwe ku wa Mbere w’icyumweru gitaha atari imyigaragambyo isanzwe, ko ahubwo iri mu mugambi wo gushaka kumuhirika ku butegetsi. Imyigaragambyo iteganyijwe muri Afurika y’Epfo yateguwe n’ishyaka Economic Freedom Fighters (EFF) ritavuga rumwe n’ubutegetsi, kubera ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi. Iby’uko iriya myigaragambyo yaba iri […]

Abakozi 5 b’uturere twa Nyanza na Gisagara batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze abakozi batanu b’Uturere twa Nyanza na Gisagara barimo Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utwo turere twombi. RIB kuri Twitter yayo yavuze ko bariya bayobozi “bakurikiranyweho ibyaha byo gutanga isoko rya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kutubahiriza ihame ryo kuzigamira Leta mu itangwa ry’amasoko, gutanga inyungu zidafite ishingiro ndetse n’akagambane bagiranye na […]

Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu Bwongereza ari i Kigali

Minisitiri w’umutekano w’imbere mu Bwongereza, Suella Braverman, yamaze kugera i Kigali, mu ruzinduko rugamije gushimangira gahunda ya Leta y’igihugu cye yo kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro bageze mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Werurwe ni bwo Minisitiri Braverman yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali […]

Mu marira menshi, Christian Atsu yasezeweho bwa nyuma (Amafoto)

fra6amoxwaa9u1s.jpg

Kuri uyu wa Gatanu i Accra mu murwa mukuru wa Ghana habereye umuhango wo gusezera bwa nyuma kuri Christian Atsu wahitanye n’umutingito wibasiye Turikiya mu kwezi gushize kwa Gashyantare. Uyu muhango waje ukurikira ibyumweru bibiri Abanya-Ghana bari bamaze baha icyubahiro ubuzima n’ibikorwa byiza Christian Atsu yakoze mu gihe cyo kubaho kwe, kuva tariki ya 4 […]

Abakinnyi 4 barimo Kwizera Olivier basezerewe mu Amavubi yitegura Bénin

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Carlos Alos Ferrer, yamaze gusezerera abakinnyi bane muri 30 yari yarahamagaye ngo bitegure imikino ibiri Amavubi afitanye na Bénin. Ni imikino yombi yo mu tsinda L yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2023 kizabera muri Côte d’Ivoire. Amavubi yitegura guhurira na Ethiopia mu mukino wa gicuti azabanza gusura Bénin mu […]

Perezida Vladimir Putin yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (CPI/ICC), kuri uyu wa Gatanu rwatangaje ko rwamaze gusohora impapuro zo guta muri yombi Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya rushinja ibyaha by’intambara. Ni ibyaha CPI imushinja kugiramo uruhare kuva muri Gashyantare umwaka ushize, ubwo Ingabo z’igihugu cye zashozaga intambara kuri Ukraine. Itangazo uru rukiko rwasohoye rivuga ko “Uyu munsi ku wa 17 […]

Icyemezo cya Angola cyo kohereza Ingabo muri RDC cyahawe umugisha

Inteko Ishinga Amategeko ya Angola kuri uyu wa Gatanu, yahaye umugisha icyemezo cya Leta ya kiriya gihugu cyo kohereza Ingabo zayo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ingabo zibarirwa muri 500 ni zo Angola igomba kohereza mu burasirazuba bwa Congo. Perezidansi ya Angola mu cyumweru gishize yatangaje ko intego y’ibanze yo kohereza ziriya ngabo ari […]

Muri Tanzania hadutse indwara y’amayobera

Leta ya Tanzania yamaze gushyiraho itsindira ry’impuguke mu by’ubuzima ngo zikore iperereza ku ndwara y’amayobera imaze guhitana abantu batanu muri iki gihugu. Minisiteri y’Ubuzima muri iki gihugu yatangaje ko “abantu barindwi bagaragaje ibimenyetso birimo umuriro mwinshi, kuruka, kuva amaraso mu bice bitandukanye by’umubiri no kugira ikibazo cy’impyiko.” Guverinoma ya Tanzania yavuze ko yamaze kohereza itsinda […]

Uko amakipe azahura muri ¼ cya UEFA Champions League

Uyu munsi i Nyon mu Busuwisi ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru i Burayi (UEFA) habereye umuhango wa tombora y’imikino ya ¼ muri Champions League. Ni tombora yabaye nyuma y’uko kuwa Gatatu w’iki cyumweru turimo hari hasojwe imikino ya ?. Amakipe amwe yabonye itike andi arasezererwa. Amakipe yari yabonye itike ya ¼ ni AC Milan yasezereye […]

Arsenal yananiwe gukomezanya na Manchester United muri Europa League

frx0p7ixgaoxw8z.jpg

Arsenal yasezerewe na Sporting Club yo muri Portugal kuri penaliti 5-3 nyuma yo kunganya igitego 1-1 [3-3], mu gihe Manchester United yatsinze Real Betis igitego 1-0 [5-1], bituma ikomeza mu mikino ya ¼ cy’irangiza mu mikino ya Europa League 2023. Arsenal yari yakiriye Sporting Club kuri Emirates Stadium mu mukino wo kwishyura wa ? cy’irangiza […]

Perezida Kagame yavuze imyato Gen Marcel Gatsinzi washyinguwe

Perezida Paul Kagame usanzwe ari Umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yavuze imyato Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi uheruka kwitaba Imana, anizeza umuryango we ko RDF izawuba hafi. Ku itariki ya 06 Werurwe ni bwo Gen Gatsinzi wigeze kuba Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda yitabye Imana aguye i Brussels mu Bubiligi, aho yari amaze igihe gito arwariye. Kuri […]

Rutahizamu wa PSV yatangaje ko ashobora kuzahitamo gukinira Amavubi

Rutahizamu Johan Bakayoko w’Ikipe ya PSV Eindhoven yo mu cyiciro cya mbere mu Buholandi, yatangaje u Rwanda mu bihugu yumva ashobora kuzahitamo gukinira. Bakayoko w’imyaka 19 y’amavuko, nyina umubyara ni Umunyarwandakazi mu gihe se ari umunya-Côte d’Ivoire. Uyu musore ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi, asanzwe akina nka rutahizamu w’imbere ku ruhande rw’iburyo (kuri numéro 7). Mu […]

USA yemeje ko u Burusiya bwarashe ‘drone’ yayo

Minisiteri y’ingabo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika yasohoye videwo yerekana ko ‘drone’ y’iki gihugu yarashwe n’indege y’intambara y’Abarusiya mu nyanja y’umukara bitangonganye nk’uko u Burusiya bwabitangaje. Videwo y’amasegonga 42 Minisiteri y’ingabo muri USA yashyize hanze kuri uyu wa 16 Werurwe 2023, igaragaza buri kimwe cyabaye. Iyi Minisiteri kandi yashyize hanze n’andi mafoto menshi yerekana ko […]

Gianni Infantino yahishuye uruhare rw’u Rwanda mu itorya rye nka Perezida wa FIFA

Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, yahishuye ko u Rwanda ruri mu bamuhaye ubufasha bukomeye mu gutuma atorerwa kuyobora iriya nzu iyobora umupira w’Isi, nyuma yo kumuremamo icyizere. Gianni Infantino yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Werurwe, ubwo yari mu muhango wo gutangiza Inteko Rusange ya 73 ya FIFA iri […]

Perezida wa FIFA asanga Kagame akwiye umwanya muri 11 babanza mu Amavubi

Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, Gianni Infantino, yatangaje ko yatunguwe n’impano ya ruhago Perezida Paul Kagame afite; mu buryo busa no gutebya avuga ko abona akwiriye umwanya mu kipe y’igihugu ‘Amavubi’. Kagame na Infantino kuri uyu wa Gatatu bari bahuriye mu mukino w’irushanwa rito ryari ryateguwe na FIFA, urangira ikipe y’u Rwanda yakinagamo Umukuru […]

Lt Gen Constant Ndima yasubijwe inshingano zerekeye FARDC yari yarambuwe

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Gen Constant Ndima Kongba, yasubijwe inshingano zo kuyobora ibikorwa bya gisirikare muri iyi ntara nyuma y’igihe yarazambuwe. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Werurwe ni bwo Lt Gen Ndima yasubijwe muri ziriya nshingano n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), Lt Gen Christian Tshiwewe Songesa. […]

BAL 2023: REG BBC yakatishije itike y’imikino ya nyuma

frs_repxgaarek_.jpg

Nshobozwa yafashije REG BBC ihagarariye u Rwanda gutsinda AS Dounes yo muri Sénégal amanota 69 kuri 55 mu mikino y’irushanwa Nyafurika muri Basketball iri kubera i Dakar muri Sénégal, ihita inakatisha itike y’imikino ya nyuma izabera mu Rwanda. Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Werurwe, mbere gato y’umukino wahuje REG BBC […]

UCL: Real Madrid yongeye gutoneka Liverpool, Napoli ikomeza kwitwara neza

frs1lwuwiaekpwx.jpg

Real Madrid yongeye gusubira Liverpool iyitsinda igitego 1-0 bituma ikomeza muri ¼ cy’irangiza mu mikino ya UEFA Champions League, mu gihe Napoli yo mu Butaliyani na yo yasezereye Eintrancht Frankfurt yo mu Budage. Real Madrid yari yakiriye Liverpool kuri Estadio Santiago Bernabéu mu mu mukino wo kwishyura waje ukurikira uwo Real yabatsindiyemo iwabo ibitego 5-2 […]

FIFA Mini-Tournament: Ikipe ya Perezida Kagame yatangiranye intsinzi

Ikipe yagaragayemo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yegukanye intsinzi mu irushanwa rito ryateguwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira ku Isi (FIFA) riri kubera i Kigali. Ni irushanwa riri gukinirwa ku yahoze ari Stade ya Kigali y’i Nyamirambo yahinduriwe izina ikitwa Kigali Pele Stadium mu rwego rwo guha icyubahiro rurangiranwa muri ruhago Edison Arantes do Nascimento ‘Pele’. Kuri uyu […]

RDC yaba igiye kugura indege nshya z’intambara mu Bushinwa

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kiri mu biganiro n’igihugu cy’u Bushinwa cyifuza kugurisha RDC indege nshya z’intambara. Impande zombi ziheruka guhurira mu biganiro byabereye i Kinshasa. Ni ibiganiro uruhande rwa Congo rwari ruhagarariwemo na Lt Gen Franck Ntumba ukuriye ibiro bya gisirikare mu ngoro ya Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo. Intumwa z’u Bushinwa […]

RDC iravuga ko Ingabo zayo ziri kurwana n’iz’ibihugu 2

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Lutundula, yatangaje ko igihugu cye kiri mu ntambara n’Ingabo z’ibihugu bibiri ndetse n’umutwe w’iterabwoba. Yabitangaje ku mugoroba wo ku wa Mbere w’iki cyumweru ubwo we na mugenzi we w’itumanaho, Patrick Muyaya baganiraga n’itangazamakuru. Minisitiri Lutundula yirinze kwerura ngo atangaze Ingabo z’ibihugu bihanganye na RDC mu […]

Ubuzima bwa Robert Oppenheimer wazanye ‘urupfu mu Isi’

j-robert-oppenheimer-and-the-making-of-the-atomic-bomb.jpg

Buri gihe uko habayeho intambara mu Isi ihanganisha kimwe mu bihugu bitunze intwaro kirimbuzi, hahita hibazwa ku mugabo wazikoze ku nshuro ya mbere, akaziha ubushobozi bwo gutsemba buri gihumeka kiboneka mu Isi. Julius Robert Oppenheimer wakoze ibisasu kirimbuzi bya mbere byaroshwe ku migi y’Abayapani mu ntambara ya kabiri y’Isi, yavukiye New York muri Leta zunze […]

Umunyamabanga wa USA ari muri Ethiopia

bbcec65fc84f9dd6ce9ea402cdf27581.jpg

Umunyamabanga wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika, Antony Blinken, yageze muri Ethiopia kuri uyu wa 14 Werurwe mu rwego rwo kongera umubano w’igihugu cye na Afurika ndetse no gushyigikira amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y’umutwe witwaje intwaro wa TPLF na Leta ya Ethiopia. Urugendo rwa Antony Blinken ruje ari urwa kabiri rw’abayobozi bakuru muri guverinoma y’Amerika kuva […]

P. Kagame arifuza ko abakinnyi b’abanyafurika bafite impano batajya bajya gukina i Burayi

Perezida Paul Kagame yatanze icyifuzo cy’uko abakinnyi b’abanyafurika bafite impano y’umupira w’amaguru batajya bajya gukina ahandi, mu rwego rwo kuzamura urwego rwa ruhago yo kuri uyu uyu mugabane. Umukuru w’Igihugu yabikomojeho kuri uyu wa Kabiri, ubwo we n’umwami Mohammed VI wa Maroc bahabwaga igihembo cy’indashyikirwa mu guteza imbere siporo kizwi nka “CAF President’s Outstanding Achievement […]

Manchester City yandagaje Leipzig mu mukino Haaland yandikiyemo amateka

_128986961_whatsubject.jpg

Manchester City yandagaje Leipzig iyitsinda ibitego 7-0, ihita inakatisha itike ya ¼ cy’irangiza mu mikino ya UEFA Champions League 2022/2023. Manchester City yari yakiriye RasenBallSports Leipzig kuri Etihad Stadium mu mukino wo kwishyura wa ? mu UEFA Champions League, nyuma y’uko banganyirije mu Budage mu mukino ubanza igitego 1-1. Ku munota wa 18, Manchester City […]

Perezida Kagame n’umwami Mohammed VI bahembwe na CAF

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame n’umwami Mohammed VI wa Maroc, kuri uyu wa Kabiri bahawe igihembo cy’indashyikirwa mu guteza imbere siporo kizwi nka “CAF President’s Outstanding Achievement Award 2022”. Ni igihembo bahawe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), mu rwego rwo kubashimira ku bw’uruhare rwabo mu guteza imbere siporo. Umuhango wo kukibashyikiriza wabereye muri Kigali […]