Iruka rya Nyiragongo: Imitingito ya hato na hato ikomeje kumvikana no muri Kigali
Imitingito ya hato na hato ikomeje kumvikana kuri uyu wa kabiri mu mujyi wa Gisenyi nk’uko abahatuye babivuga ndetse iyi mitingito ikaba iri no kumvikana mu Mujyi wa Kigali ariko ku rugero rwo hasi nyuma yâiruka ryâIkirunga cya Nyiragongo cyo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Abatuye mu Mujyi wa Gisenyi ku ruhande rwâu Rwanda […]
U Bufaransa nâu Bwongereza bikomeje kwanikirwa nâu Buyapani na Koreya yâEpfo mu ngufu za gisirikare

Ibihugu byo mu Burayi byahoze ari ibihangange mu gisirikare nk’u Bufaransa, u Bwongereza ndetse n’u Budage bikomeje kwanikirwa nâibihugu byo muri Aziya nk’u Buyapani na Koreya yâEpfo mu ngufu za gisirikare nk’uko bigaragazwa n’urutonde rwa Global Firepower Index. Nk’u Budage bwo, ntabwo bugaragara ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere. Dore ibihugu 10 bya mbere No […]
Uganda: Yasanzwe yarapfuye nyuma yâumunsi asoje amasomo muri Kaminuza ya Makerere
Igipolisi cya Uganda gitegereje ibizava mu bizamini byâIbitaro bya Mulago ngo hamenyekane icyateye urupfu rwâumusore wâimyaka 27 witwa James Eyangu, wapfuye nyuma yâumunsi umwe asoje amasomo ye yâicyiciro cya kabiri cya kaminuza muri Kaminuza ya Makerere wasanzwe aho yari acumbitse yapfuye. Nkâuko bitangazwa na Daily Monitor, James Eyangu yari yabonye impamyabumenyi yâicyiciro cya kabiri cya […]
Kicukiro: Arishyuzwa arenga miliyoni 4 zâimisoro yâubutaka atazi nâuko miliyoni isa, byamunanira akagurisha

Mu Murenge wa Gatenga, Akagali ka Nyanza, Akarere ka Kicukiro mu Mudugudu wa Sabaganga, haravugwa inkuru yâumusaza Ntahonsigaye Donat uba mu nzu yenda kumugwira yananiwe no kwisanira ariko urimo urishyuzwa akayabo ka miliyoni 4 zâimisoro yâubutaka. Ubuyobozi bubagira inama yo kugurisha kugirango abone uko yishyura. Iyi ni inkuru ikurikira iyabanje Bwiza TV na Bwiza.com byakoreye […]
Refus de comparaitre du chef des séparatistes, Brahim Ghali, devant la Justice espagnole
Salem Lebsir, le dauphin de Brahim Ghali et numĂ©ro 2 du front polisario, a, lors dâune interview exclusive accordĂ©e au mĂ©dia espagnole”OKDIARIO”, dĂ©clarĂ© que Ghali envisage de quitter lâEspagne dans les prochains jours sans se prĂ©senter devant la Cour nationale, oĂč il est accusĂ©, entre autres, de crimes de terrorisme, de gĂ©nocide, de torture et […]
RIB iraburira abakoresha urubuga nkoranyambaga rwa WhatsApp
Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha, RIB ruraburira abantu kugira amakenga no kwigengesera mu gukoresha imbuga nkoranyambaga zabo, kuko hari abatekamutwe basigaye bazinjiramo bakazifashisha mu bikorwa byâuburiganya nâubujura. Umuvugizi wa RIB Dr Murangira Thierry, asobanura ko hari abasigaye bakoresha whatsapp zâabandi, bagamije ubujura kuko mu miterere yayo ushobora kuyimurira mu yindi telefoni. Agira ati âHari imibare bigusaba whatsapp […]
Burundi: Umunyarwanda wari umucuruzi wâinyama zâingurube amaze iminsi aburiwe irengero
Umunyarwanda ucuruza inyama zâingurube muri Zone Ndava, Komini Buganda, mu Ntara ya Cibitoke mu gihugu cyâu Burundi amaze iminsi itandatu yaraburiwe irengero, aho bivugwa ko hari umuntu wabanje kumuhamagara kuri telephone mbere yo kubura. Uyu mugabo uvugwa ni uwo bahimba Mwarabu, bivugwa ko yahamagawe kuwa Kabiri ushize akajya aho bari bamuhamagaye, ariko kuva icyo gihe […]
L’attaque du FLN Ă Bweyeye dĂ©jouĂ©e par RDF
Hier soir, dimanche 23 mai 2021, entre 21 h 15 et 21 h 35, environ une section d’assaillants ennemis du FLN de Giturashyamba dans la commune de Mabayi au Burundi, a traversĂ© la riviĂšre Ruhwa le long de notre frontiĂšre et est entrĂ©e Ă environ 100 mĂštres Ă l’intĂ©rieur du territoire rwandais Ă Bweyeye, cellule […]
Myanmar: Bwa mbere kuva yahirikwa ku butegetsi, Aung Suu Kyi yagaragaye mu rukiko
Aung San Suu Kyi wahoze ari Perezida wa Myanmar uherutse guhirikwa ku butegetsi nâabasirikare kuri uyu wa Mbere, yagaragaye mu rukiko ku nshuro ya mbere nyuma yâamezi hafi ane ahiritswe. Uyu wahoze ari umuyobozi yitabye urukiko agiye kwiregura ku byaha birimo gushishikariza kwigomeka nkâuko abanyamategeko be babitangaza. Suu Kyi yari afungiwe mu nzu adasohoka kuva […]
Amasaha yâakazi yâumurengera ahitana abantu 745,000 buri mwaka – OMS
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) riravuga ko amasaha yâakazi yâumurengera ahitana abantu ibihumbi magana ku mwaka. Ubushakashatsi bwa mbere nk’ubwo ku isi bwerekana ko abantu 745.000 bapfuye mu 2016 bazize indwara yo mu bwonko cyangwa indwara z’umutima kubera amasaha menshi y’akazi. Raporo yasanze abantu batuye mu majyepfo yâiburasirazuba bwa Aziya no mu karere […]
RDC: Umubare wâagateganyo wâabazize iruka rya Nyiragongo umaze kuba 15
Mu kiganiro cyatambutse mu maradiyo akorera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuri iki Cyumweru, itariki 23 Gicurasi 2021, Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya yatangaje ko abantu 15 ari bo bamaze kumenyekana bahitanwe nâiruka ryâIkirunga cya Nyiragongo. Yagize ati âImibare yâagateganyo ni abantu 15 barimo 9 bazize impanuka yo mu muhanda, bane bageragezaga gucika muri […]
Abatuye i Goma batangiye kwirunda ku mupaka bashaka ubuhungiro mu Mujyi wa Gisenyi

Abanyekongo bo mu Mujyi wa Goma batangiye kugera ku mupaka wâu Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bashaka guhungira iruka ryâIkirunga cya Nyiragongo mu Mujyi wa Gisenyi bahana imbibi. Biravugwa ko umuriro watewe nâiruka ryâiki kirunga wamaze gufunga umuhanda Goma-Rutshuru ugana Kibumba. Nkâuko bigaragara kuri twitter yâikinyamakuru Mediacongo.net, abatangabuhamya bari I Goma nkâuwitwa Innocent […]
Tshisekedi yatangaje ko hafashwe abantu bakekwaho kwica Ambasaderi Attanasio
Perezida Felix Tshisekedi aremeza ko abantu bakekwaho kwica uwari Ambasaderi wâu butaliyani, Luca Attanasio, bari mu maboko yâubutabera iperereza rikomeje ku bufatanye nâinzego zâu Butaliyani, avuga ko abakoze iki cyaha ari agatsiko kâabagizi ba nabi ariko gafite abantu bagakoresha atatangaje abo ari bo. Ibi Perezida Tshisekedi yabihishuriye itangazamakuru ryo mu Bufaransa mu kiganiro aherutse kugirana […]
Burundi: Perezida Ndayishimiye yabujije Abarundi kugurisha ubutaka abanyamahanga
Perezida Evariste Ndayishimiye yihanije Abarundi ababuza kujya bagurisha ubutaka bwabo abanyamahanga ubwo yari mu kiganiro aganira nâurubyiruko rwâu Burundi ku nyigisho zo gukunda igihugu mu Ntara ya Ngozi, aho yabibukije ko â agataka kâu Burundi ari akâumunyagihugu wâUmurundi gusa.â Umukuru wâigihugu cyâu Burundi yagiriye inama Abarundi ababwira ko âiyo ugurishije isambu ku munyamahanga uba urimo […]
RDC: Imirwano hagati yâimitwe ibiri yâinyeshyamba yakuye abaturage mu byabo
Imitwe yâinyeshyamba ya NDC RĂ©novĂ© na FPP/Kabido kuri uyu wa Gatandatu, itariki 22 Gicurasi yakozanyijeho mu giturage cya Mbwayinywa, muri Teritwari ya Lubero, muri Kivu yâAmajyaruguru. Umubare wâabiciwe cyangwa abakomerekeye muri iyi mirwano ntabwo iramenyekana, ariko sosiyete sivile iravuga ko abayobozi bavuga ko hari amaduka yasahuwe nâamazu yatwitswe. Nkâuko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga, […]
Afurika yâEpfo: Bategerezanye amashyushyu umuyobozi uzava mu Rwanda nyuma yâigihe kirekire
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wâu Rwanda, Vincent Biruta, ategerejwe muri kwezi gutaha muri Afurika yâEpfo mu ruzinduko rwâamateka mu rwego rwo gusubiza mu buryo umubano wâibihugu byombi nyuma yâigihe kirekire warajemo igitotsi. Minisitiri ushinzwe imibanire mpuzamahanga muri Afurika yâEpfo, Naledi Pandor, yabwiye ikinyamakuru News24 ati â Dufitiye amashyushyu uruzinduko kubera ko tutakunze kubonana kwâabayobozi kuri urwo […]
U Bufaransa buzagena ambasaderi wabwo mushya mu ruzinduko rwa Macron i Kigali
Perezida Emmanuel Macron yitezweho kuzagena ambasaderi wâu Bufaransa mu Rwanda ubwo azahagirira uruzinduko mu minsi iri imbere mu rwego rwo gutera intambwe ya nyuma igamije gusubiza mu buryo imibanire yâibihugu byombi itarigeze imera neza kuva Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yarangira. Iyi nkuru ya ambasaderi mushya wâu Bufaransa mu Rwanda yatangajwe kuri uyu wa […]
Hajj yabuze nyuma yâaho abana 2 bahiriye mu nzu ye bigishirizwamo ibya kisilamu
Abana bâabahungu babiri bari bari kwigishwa ibijyanye nâidini ya Islam bahiriye mu nzu bigiragamo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, ahitwa Nalumunye Kasenge, mu Karere ka Wakiso, ho mu gihugu cya Uganda, Umu Hajj wari wabajyanye ahita aburirwa irengero. Biravugwa ko nyiri inzu yahiye, ari we Hajj Mwalimu Mwelinde Abdul Karim, asanzwe akusanya abana […]
Ethiopia: Umunyamakuru wa The New York Times yirukanwe abuzwa no gusezera umuhungu we
Leta ya Ethiopia yirukanye ku butaka bwayo umunyamakuru wa The New York Times yari iherutse kwambura uburenganzira bwo gukorera muri iki gihugu kubera inkuru yakoze ku mirwano yo muri Tigray. Iki cyemezo cyo kwirukana umunyamakuru Simon Marks, Umunya-irlande wabaga muri Ethiopia, cyamaganwe bikomeye nâUmuryango wâAbanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders) watangaje ko ari ubwa mbere […]
RDC: Guverineri na Visi Guverineri bâIntara ya Maniema na bo birukanwe ku mirimo yabo
Umweyo ukomeje kuvuza ubuhuha mu bayobozi bâintara muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, aho nyuma ya Guverineri wâIntara ya Tanganyika, Zoe Kabila, kuri uyu wa Gatanu, itariki 21 Gicurasi, Guverineri wâIntara ya Maniema, Auguy Musafiri nâuwari umwungirije, Jean-pierre Amadi, na bo birukanwe ku mirimo yabo. Abadepite bâIntara ya Maniema, nibo bongeye gutora ubugira kabiri kuvana […]
Kinshasa: Urukiko rwemeje ko rudafite ububasha bwo kuburanisha uwahoze akuriye ubutasi
Kuri uyu wa Kane, itariki 20 Gicurasi, Urukiko rwisumbuye rwa Kinshasa rwatangaje ko rudafite ububasha bwo kuburanisha Kalev Mutond wahoze ari umuyobozi wâurwego rwâigihugu rushinzwe ubutasi (ANR). Urukiko rwavuze ku rwego Kalev Mutondo yariho nkâumuyobozi mukuru mu buyobozi bwa Leta. Kubera iyo mpamvu, agomba kwitaba urukiko rw’ubujurire. Umunyamategeko Muyambo akaba yasezeranyije ko kujuririra iki cyemezo […]
Minembwe: Umutwe wa Gumino urashinjwa gushimuta abakozi ba Action Aid
Abakozi bane bâimiryango itegamiye kuri leta ishinzwe ubutabazi harimo aba Action Aid biravugwa ko bamaze iminsi barashimuswe nâinyeshyamba zâumutwe wa Gumino wa Col Makanika muri Teritwari za Fizi na Uvira. Babiri muri aba bantu bakorera Action Aid bari mu maboko yâinyeshyamba bivugwa ko ari iza Gumino kuva ku itariki 18 Gicurasi. Igisirikare cya FARDC gishinja […]
Umuntu wese arashaka kuturuma ariko ababishaka tuzabakura amenyo â Perezida Putin
Kuri uyu wa Kane, Perezida wâu Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko hari bamwe mu banzi bâabanyamahanga bo muri iki gihugu barota kuruma uduce twinshi twâigihugu, aburira ko Moscou âizabakura amenyoâ nibaramuka babigerageje. Mu ijambo rikomeye ubwo yahamagazaga inama nâabayobozi, perezida wâu Burusiya yavuze ko imbaraga zâamahanga zo gukumira u Burusiya guhera mu binyejana byashize. Putin […]
Nyanza: Arashinjwa kwica umwana wâimyaka 12 wamubonye avuye kwiba ihene yâiwabo
Umugabo wâimyaka 35 ukekwaho kwica umwana wâumukobwa wâimyaka 12 yâamavuko amunize amuziza ko yamubonye avuye kwiba ihene yâiwabo akurikiranwe nâubushinjacyaha mu Rukiko Rwisumbuye rwa Huye. Ni icyaha uregwa avugwaho kuba yarakoze ku itariki ya 09 Gicurasi 2021 mu gihe cya saa munani mu ishyamba ryâinturusu riherereye mu Mudugudu wa Saruhembe, Akagari ka Rwotso, Umurenge wa […]
Umugabo yakangaranyije abashinzwe kurinda Perezida Kenyatta ubwo yamusatiraga
Abashinzwe umutekano wa Perezida Uhuru Kenyatta kuri uyu wa Kane bahatiwe gukumira umucengezi wagerageje kumusatira mu birori byo gutangiza icyambu cyo mu mujyi wa Lamu. Ibyabaye byafashwe igice no kuri televiziyo byabaye mu gihe Perezida yafataga ijambo, hashize akanya nyuma yo gutangiza icyambu gishya cya Kenya muri Lamu. Nkâuko bigaragara mu mashusho yabonywe nâurubuga rwa […]
Lady Gaga yahishuye ibintu byamuhungabanyije yakorewe na producer afite imyaka 19

Umuhanzikazi wakunze kuvugisha benshi kubera udushya yakundaga gukora, Lady Gaga, yahishuye ukuntu yagize ihungabana rikomeye mu mutwe ubwo yafatwaga ku ngufu nâumuntu utunganya umuziki afite imyaka 19 yarangiza akajugunywa ku muhanda atwite. Uyu muririmbyi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri ubu ufite imyaka 35 ibi yabitangaje mu kiganiro âThe Me You Can’t Seeâ […]
Nyamasheke: Akurikiranweho gukura ibice byâumubiri ku murambo wâumuturanyi
Umugabo wâimyaka 78 yâamavuko wo mu Karere ka Nyamasheke ushinjwa guca ibice byâumubiri byâumuntu wari wapfuye yasabiwe nâubushinjacyaha gufungwa iminsi 30 yâagateganyo. Ku itariki ya 19 Gicurasi 2021, nibwo Ubushinjacyaha ku rwego rwâIbanze rwa Kagano bwareze busaba ifunga ryâagateganyo ryâiminsi 30 uyu mugabo wâimyaka 78 ukekwaho guca imyanya yâumubiri ku murambo wâumusaza wâimyaka 80 wari […]
Canada: Hemejwe ko ihanurwa ryâindege ya Ukraine yahanuwe na Iran ari igikorwa cyâiterabwoba
Kuri uyu wa Kane, urukiko rwo muri Canada rwemeje ko iraswa ryâindege ya Ukraine International Airlines PS752 yarashwe na Iran ryakozwe nkana kandi ko ari âigikorwa cyâiterabwoba,â bikaba biharura inzira yâindishyi zishoboka ku miryango yâabahohotewe. Urukiko Rwisumbuye rwâUbutabera rwa Ontario rwasanze âku buryo bushobokaâ ibitero bibiri bya misile byibasiye indege nyuma gato yo guhaguruka ku […]
Ibiciro byâibikomoka kuri peteroli byagumijwe uko byari bimeze nubwo byiyongereyeho 17%

Ikigo cyâigihugu gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro, RURA, kiratangaza ko nubwo ibiciro byâibikomoka kuri Peteroli byazamutseho 17%, ibiciro mu rwanda biguma uko byari bimeze. Kubwâibyo, igiciro cya lisansi mu Rwanda ntikigomba kurenza amafaranga yâu Rwanda 1,088 kuri litiro, mu gihe icya mazutu kitagomba kurenza 1,054 nkâuko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na RURA kuri […]
Paris: Hatangiye urundi rubanza ruregwamo Nicolas Sarkozy ku cyaha gishya
Urubanza rushya rwâuwahoze ari perezida wâu Bufaransa, Nicolas Sarkozy, rwatangiriye i Paris, ariko uyu wahoze ari umuyobozi utavugwaho rumwe ntabwo yari ari mu rukiko. Sarkozy akurikiranyweho kuba yarateye inkunga mu buryo butemewe n’amategeko kwiyamamaza kwe ashaka kongera gutorwa mu mwaka wa 2012. Uru rubanza ruje nyuma y’ibyumweru bike uwahoze ari perezida ahamwe n’ibyaha bya ruswa […]
Nigeria: Umuyobozi wa Boko Haram yakomerekeye mu mirwano yabahuje na Islamic State
Umuyobozi wâumutwe wa Boko Haram, Abubakar Shekau, yakomerekeye mu mirwano ikomeye abarwanyi be banga ko afatwa mpiri nâumutwe batavuga rumwe ushamikiye kuri Islamic State, mu majyaruguru ya Nigeria, nkâuko amakuru aturuka mu bantu begereye inzego zâubutasi agera kuri AFP abyemeza. Nyuma yâimirwano yabahuje nâabarwanyi bâishami rya Islamic State, ryo muri Afurika yâuburengerazuba (ISWAP, ngo Abubakar […]
Abaturage bari kwicwa nabi||Bahitamo kurara hanze|| Intandaro y’intambara ya Israel na Palestine
RDC: Biravugwa ko Imbonerakure zaba ziri gufatanya na Gumino kurwanya Mai-Mai na Red-Tabara
Amakuru aturuka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko kuri uyu wa Gatatu hadutse imirwano yahuje agatsiko kâinsoresore zo mu ishyaka CNDD-FDD zizwi nkâImbonerakure bivugwa ko zifite ibirindiro muri Gurupoma ya Lemera, ndetse nâinyeshyamba za Mai-Mai Ilunga zikorana bya hafi nâinyeshyamba za Red-Tabara zâAbarundi. Imbonerakure ngo zaba ziri gufatanya nâumutwe wâAabanyamulenge uzwi nka Gumino […]
Cote dâIvoire: Hatangiye urubanza rwa Soro uregwa gushaka guhirika Perezida Ouattara
Guillaume Soro, wahoze ari Minisitiri wâIntebe wa Cote dâIvoire, ndetse wahoze ari umuyobozi wâinyeshyamba, kuri uyu wa Gatatu hatangiye urubanza aregwamo, adahari, ibyaha byo kugambanira guhirika Perezida Alassane Ouattara. Urubanza rwatangiye ari umuriro abunganira Soro bashimangira ko bakeneye igihe kinini cyo gusuzuma ibimenyetso bivugwa kuri Soro n’abandi 19 baregwa muri uru rubanza. Kubera iyo mpamvu, […]
Pour la premiÚre fois au Rwanda, des services de transplantation rénale seront bientÎt lancés
L’hĂŽpital King Faisal a annoncĂ© son intention d’offrir des services avancĂ©s de traitement des reins, y compris la transplantation rĂ©nale, ce qui en fait le premier hĂŽpital Ă introduire la pratique dans le pays. Cette dĂ©cision a Ă©tĂ© rĂ©vĂ©lĂ©e mercredi par le directeur gĂ©nĂ©ral adjoint de lâhĂŽpital, le Dr Egdar Kalimba, alors quâil sâadressait aux […]
France: Minisitiri w’umutekano yatunguranye yifatanya nâabigaragambyaga imbere yâinteko

Minisitiri wâumutekano wâu Bufaransa, GĂ©rald Darmanin, kuri uyu wa Gatatu yavugirijwe induru ku rundi ruhande arashimagizwa ubwo yatunguranaga akifatanya nâabari mu myigaragambyo yabereye imbere yâinteko ishinga amategeko isaba ibihano bikomeye ku bitero bikomeje kwibasira abapolisi. Iyi myigaragambyo yitabiriwe nâabantu bagera mu 35,000, barimo abayobozi mu nzego zitandukanye za politiki, yadutse I Paris, nyuma yâibyumweru bibiri […]
Bwa mbere mu Rwanda hagiye kujya hatangirwa serivisi zo guhinduranya impyiko
Ibitaro byitiriwe Umwami Faisal byatangaje gahunda yo gutanga serivisi zinoze zo kuvura impyiko, harimo no guhinduranya impyiko, bikaba ibitaro bya mbere byatangije iyi mikorere mu gihugu. Iki cyemezo cyashyizwe ahagaragara nâumuyobozi mukuru wâibitaro Dr. Egdar Kalimba, kuri uyu wa Gatatu ubwo yaganiraga nâitangazamakuru. Yari aherekeje Prof. Miliard Derbew, umuyobozi mukuru w’ibitaro. Kalimba yavuze ko iki […]
RDC: Inzego zâumutekano zataye muri yombi Abanyarwanda 19 biganjemo abana
Abanyarwanda 19 kuri uyu wa Gatatu, itariki 19 Gicurasi bafashwe nâinzego zâumutekano za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo muri teritwari ya Nyiragongo binjiye muri iki gihugu mu buryo bunyuranyije nâamategeko. Ni umugabo umwe, abagore 4 nâabana 14 bafatiwe mu gace ka Chabwato, muri Gurupoma ya Kibati nkâuko byemezwa na sosiyete sivile yo muri iki gice, […]
Musanze: Akurikiranweho gushaka kwica umugore we amuziza 50,000Frw
Ku italiki ya 18 Gicurasi 2021, Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rwaburanishije urubanza Ubushinjacyaha bukurikiranyemo umugabo ukomoka mu Karere ka Gakenke washatse kwica kâubushake umugore we amujijije amafaranga ibihumbi mirongo itanu (50.000 frw). Ibikorwa ukekwaho icyaha akurikiranweho yabikoze ku italiki ya 11/04/2021 ahagana saa kumi nâimwe za mugitondo abikorera mu Mudugudu wa Kirehe, Akagari ka Gisozi, […]
Amatariki yateganyijwe mbere yâibizamini bya leta ntazahinduka
Minisiteri yâUburezi irateganya gukomeza amatariki yâibizamini bya leta ku byâibyiciro byose byâabakandida nubwo hari impinduka zabanjirije izi mu gihembwe cya kabiri cyâumwaka w’amashuri. Ibizamini bya leta mu byiciro byose; amashuri abanza, urwego rusanzwe (O-Level) nâicyiciro cya kabiri cyâamashuri yisumbuye bizaba muri Nyakanga. Nyuma yâigihembwe cya mbere cyagenze neza, icya kabiri cyane cyane mu mashuri afite […]
Burundi: Umuntu umwe yiciwe mu kindi gitero cyâabitwaje intwaro
Igipolisi ko umuntu umwe yiciwe mu gitero cyâabantu bitwaje intwaro cyagabwe mu ijoro ryo kuwa Kabiri rishyira kuri uyu wa Gatatu muri Komini Fota, hagati mu gihugu cyâu Burundi. Nkâuko byatangajwe nâUmuvugizi wâIgipolisi, Pierre Nkurikiye, ngo amasasu yavugiye mu masaha ya saa tanu zâijoro muri Fota cyahitanye umuturage witwa uwitwa Dismas Ngendakuriyo. Abagabye iki gitero […]
RDC: Undi muyobozi mu idini ya Islam muri Beni, Sheikh Moussa Djamali, yishwe
Sheikh Moussa Djamali, umwe mu bayobozi bâAbayisilamu bo muri Beni, mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru yaraye yishwe arashwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Gicurasi ubwo yari avuye mu masengesho ya nimugoroba, nkâuko byemejwe nâUmuyobozi wa Teritwari ya Beni, Donat Kibuana avugana na AFP. Umuntu utamenyekanye niwe wamurashe ahita aburirwa irengero. Ni […]
Umwe mu bareganwa na Rusesabagina arasanga atari akwiye kuba muri uru rubanza

Uwitwa Kwitonda, umwe mu bantu 20 bareganwa na Paul Rusesabagina bakurikiranweho ibyaha byâiterabwoba aravuga ko nta ruhare yagize muri jenoside ndetse nta ruhare yagize mu bitero byâiterabwoba agasanga atari akwiye kuba muri uru rubanza. Kuri uyu wa Gatatu nibwo hasubukuwe uru rubanza rwa Rusesabagina nâabantu 20 bareganwa nawe rubera mu rukiko Rukuru rushinzwe gukurikirana ibyaha […]
Ni ibiki bikubiye mu butumwa budasanzwe Perezida Biden yoherereje Museveni ?

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yoherereje Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, nyuma yâaho uyu arahiriye manda ye gatandatu, na nyuma yâibihano Amerika iherutse gufatira bamwe mu bayobozi ba Uganda bibabuza gukandagira ku butaka bwa Amerika nyuma yo kubashinja ibikorwa byo kubangamira demokarasi mu gihe cyâamatora rusange yo muri Mutarama 2021. Perezida […]
Ubushinjacyaha bwasabiye Nkundabanyanga kujya kurangiza igifungo cyâimyaka 30 yahawe na gacaca
Ubushinjacyaha bwâu Rwanda bwasabiye uwitwa Nkundabanyanga Eugenie gufatwa akajya kurangiza igihano cyâigifungo cyâimyaka 30 buvuga ko yakatiwe nâinkiko gacaca nyuma yo kumuhamya ibyaha bya jenoside, mu gihe uregwa avuga ko bamwibeshyeho ari kuzira imitungo ye itimukanwa irimo amasambu. Ibyaha aregwa ni ibyaha akekwaho ko yakoreye mu Mujyi wa Kigali muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata […]
ADF yashyize ahagaragara amafoto yâabarwanyi bashya ba yo biganjemo abana bato

Umuyobozi wâumutwe wâiterabwoba wa ADF ufite icyicaro muri Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Musa Baluku, yagaragaye ku mafoto ya poropagande yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye ari kumwe nâabasirikare bâabana bakekwa ko babyawe nâabarwanyi be. Ni amafoto yafashwe ubwo bizihizaga umunsi mukuru wo gusoza igisibo cya Ramadhan uzwi nka Eid ul Fitr, amashusho […]
Ngoma: Umubyeyi akurikiranweho kwiyicira umwana amuziza ibijumba
Ku wa 17 Gicurasi 2021 Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Ngoma bwashyikirije Urukiko umugore ukekwaho kwica umuhungu we amuhoye ko yamuhekenyeye ibijumba yari agiye guteka. Ibi byabereye ku itariki ya 03 Gicurasi 2021, mu Mudugudu wa Irebero, Akagali ka Rukoma, Umurenge wa Sake, Akarere ka Ngoma, ubwo umugore yarimo ahata ibijumba hanyuma umuhungu we akaza […]
Amafoto: Abanyarwanda mu Bufaransa bagaragaje ko bashyigikiye Perezida Kagame

Abanyarwanda baba mu Bufaransa nâabandi baturutse mu mpande zitandukanye zâu Burayi kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Gicurasi bakoze imyigaragambyo yo mu mahoro yari igamije kugaragariza Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, uri mu murwa mukuru wâiki gihugu kuva ku Cyumweru, gishize ko bamushyigikiye. Abakoze imyigaragambyo bari bafite ibyapa biriho ubutumwa butundukanye bishima Perezida Kagame, harimo […]
U Bufaransa bwemeye kuguriza Sudani asaga miliyari y’amadolari yo kwishyura umwenda ibereyemo IMF
Kuri uyu wa Mbere, Perezida wâu Bufaransa, Emmanuel Macron, yagombaga kwakira abayobozi ba Afurika, abadipolomate nâabatanga inguzanyo mu nama yari igamije gufasha Sudani nyuma yâimyaka yâamakimbirane. Minisitiri wâimari wâu Bufaransa, Bruno le Maire, yatangaje ko igihugu cye kizaguriza Sudani miliyari 1.5 zâamadolari yo gufasha iki gihugu cyâAfurika kwishyura umwenda munini kibereyemo ikigega mpuzamahanga cyâimari nyuma […]
RDC: Ibyatangajwe na Perezida Kagame kuri Dr Denis Mukwege byafashwe nkâigitutsi
âMukwege yahindutse ikimenyetso, igikoresho cyâizo mbaraga tutabona. Yakiriye igihembo cyitiriwe Nobel abwirwa icyo avuga,â ibi ni ibyatangajwe na Perezida Kagame kuri uyu wa Mbere, itariki 17 Gicurasi mu kiganiro yagiranye na France 24 na RFI, abazwa kuri Dr Denis Mukwege nâibirego yashinje u Rwanda muri Mapping Report, bikaba bitishimiwe na bamwe mu bagize Sosiyete sivile […]
Gasabo: Ubuyobozi ntibuvuga rumwe nâumuturage uvuga ko yasenyewe inzu yari imaze imyaka isaga 20
Mu murenge wa Gisozi, mu Kagari ka Musezero, mu Mudugudu wa Kagara, ho mu Karere ka Gasabo, kuri uyu wa Mbere, itariki 17 Gicurasi 2021 ubuyobozi bwabyutse busenyera umuturage witwa Uwera Jean Pierre buvuga ko yubatse mu buryo butemewe, mu gihe inzu ivugwa yari imaze imyaka isaga 20 nkâuko bamwe mu baturage babitangarije Bwiza TV […]
Ngoma: Urukiko rwashyikirijwe dosiye yâuwiyitaga umukozi wa ONG akambura abaturage
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Ngoma bwaregeye Urukiko dosiye yâumugabo ukekwaho gukoresha inyandiko mpimbano ndetse nâ ubwambuzi bushukana nâ ububeshyi aho yiyitaga umukozi wa PLAN INTERNATIONAL RWANDA akambura abaturage .Yabasabaga gutanga amafaranga 5000 kuri buri mwana wiyandikisha ngo azarihirirwe nâuwo mushinga. Ku itariki ya 04 Gicurasi 2021 nibwo hamenyekanye inkuru yâumugabo ukekwaho gukoresha inyandiko mpimbano […]
Bamwe mu baherwe batunze akayabo kâamamiliyari badafite abana bazayaraga

Hari abantu bamwe bakomoka ku baherwe ba mbere ku Isi bafite amahirwe yo kuzaragwa imitungo yabo ibarirwa mu ma miliyoni nâamamiliyari, ariko hari nâabo baherwe batigeze bagira amahirwe yo kugira abana bazasigarana imitungo yabo nkâaba batanu tugiye kugarukaho. Jan Koum Jan Koum, yahoze ari umukozi wa Yahoo, kandi ni umwe mu bantu bâingenzi ubwenge bwabo […]
Kisoro: Mwene Nyirahabakwiha yasohowe mu rugo rwâiwabo yicirwa imbere yâababyeyi be
Igipolisi mu Karere ka Kisoro kiri mu iperereza ku iyicwa ryâumusore wâimyaka 24 wasohowe mu nzu yâababyeyi be akicirwa imbere yabo nâabantu batamenyekanye. Nyakwigendera ni uwitwa Anatoli Musinguzi, umuturage wo mu Mudugudu wa Kigezi, mu Karere ka Kisoro, mu burengerazuba bwa Uganda. Nkâuko byatangajwe nâumwe mu bo mu muryango we, ngo uwishwe yatashye yiruka amaguru […]
Urwego rwâingufu rurabura 90% byâamafaranga rugomba gukoresha muri uyu mwaka
Umuyobozi mukuru wâikigo cyâigihugu gishinzwe ingufu (REG) yatangaje ko mu mwaka wa 2024, ikigo gishinzwe guteza imbere ingufu (EDCL) cyahawe hafi 10 ku ijana byâamafaranga bari bakeneye muri uyu mwaka kugira ngo batange ingufu mu rwego rwâintego yo kugeza amashanyarazi kuri bose bitarenze mu 2024. Bwana Ron Weiss yagize icyo abivugaho kuri uyu wa Mbere, […]
Perezida wa Turkiya yasabye Papa Fransisiko guhamagarira Abakirisitu kwamagana Israel
Perezida Recep Tayyep Erdogan wa Turkiya kuri uyu wa Mbere yasabye Papa Fransisiko gufasha mu gushishikariza Isi gufatira ibihano Israel ku cyo yita ubwicanyi irimo gukorera Abanyapalestina mu ntara ya Gaza. Guhamagarana kuri telefoni hagati ya Erdogan na Papa byaje mu gihe Turkiya ikomeje intambara ya dipolomasi yo guhatira guhagarika imenwa ryâamaraso rimaze gutwara ubuzima […]
Gusaba imbabazi kwâu Bufaransa, manda ya 4, Rusesabagina, ibyagarutsweho mu kiganiro cya Perezida Kagame na France 24
Mu kiganiro cyihariye yagiranye na France 24 na RFI kuri uyu wa Mbere aho ari mu Bufaransa, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuze ko adashobora gusaba u Bufaransa gusaba imbabazi ku ruhare rwabwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ariko ko yabyishimira biramutse bibaye. Muri iki kiganiro, Perezida Paul Kagame yashimye intambwe u Bufaransa […]
Abaturage 12 biciwe mu karere katavugwaho rumwe hagati ya Sudani na Sudani yâEpfo
Abaturage 12 biciwe mu karere kâumupaka ukungahaye kuri peteroli katavugwaho rumwe hagati ya Sudani na Sudani y’Amajyepfo mu byo abayobozi b’inzego z’ibanze bavuze kuri uyu wa Mbere ko ari ubwicanyi bwakozwe n’aborozi. Igitero cyagabwe mu gitondo cyo ku cyumweru mu mudugudu uri ku birometero 40 mu burasirazuba bwâumujyi wa Abyei, akarere gakunze gutera amakimbirane karinzwe […]
CNDD-FDD irashinjwa kuba inyuma yâamacakubiri akomeje kugaragara mu ishyaka UPRONA
Nyuma yâumwuka mubi ukomeje kugaragara mu ishyaka UPRONA ryatumye abayoboke baryo batatu bakuru barimo uwahoze ari visi perezida wâu Burundi, Gaston Sindimwo, kuri ubu wâumudepite yirukanwa mu minsi ishize na bagenzi be babiri, biravugwa ko umwiryane uri muri iri shyaka waba urimo guterwa nâishyaka CNDD-FDD. Iyi miterere yâamacakubiri mu ishyaka ryashinzwe nâigikomangoma Louis Rwagasore ikomoka […]
Urubanza rwa ruswa ruvugwamo Jacob Zuma nâikigo gicuruza intwaro cyo mu Bufaransa rwasubitswe
Urubanza rwa ruswa rurebana nâuwahoze ari Perezida wa Afurika yâEpfo, Jacob Zuma, ndetse nâikigo gicuruza intwaro cyo mu Bufaransa kitwa Thales rufitanye isano nâamasezerano yâicuruzwa ryâintwaro ya miliyari 2 zâAmadolari rwari ruteganyijwe kuri uyu wa Mbere rwimuriwe ku itariki 26 Gicurasi, aho uwunganira Zuma avuga ko umukiriya we atazemera icyaha ubwo urubanza ruzatangira. Urubanza rwa […]