Nyarugenge: Umukobwa w’imyaka 21 arashinjwa gukura iryinyo no guca ururimi umugabo w’imyaka 40

1613 7c8ade406beefd0995721ae58c3d27a4

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge bukurikiranye umukobwa w’imyaka 21 wakubise umugabo w’imyaka 40 akamukura iryinyo ndetse akamuca n’ururimi.  Icyaha akurikiranweho yagikoze ku itariki ya 11 Kanama 2025 mu Mudugudu wa Ryamanyoni, Akagari ka Ruriba, Umurenge wa Kigali, ubwo uregwa yagiranaga amakimbirane n’uwo mugabo bakarwana akamukura iryinyo ndetse akamuca n’ururimi. Mu ibazwa rye uregwa yemera […]

Uvira: Abantu 12 barimo abasirikare n’umujenerali bakurikiranweho ubwicanyi

tribunal militaire 1

Urukiko rwa Gisirikare rwa Uvira muri iki cyumweru rwatangije urubanza rw’abantu 12 barimo abasirikare icyenda, umupolisi umwe, n’abawazalendo babiri, barimo uwiyise jenerali, ku byaha bitandukanye byakozwe hagati ya Luvungi na Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Nk’uko byatangajwe na Lieutenant Reagan Mbuyi Kalonji, Umuvugizi w’ibikorwa bya Sukola 2 muri Kivu y’Amajyepfo, ngo uru rubanza rurimo […]

Pyongyang: Kim Jong un yakiriye anashimira ingabo zivuye ku rugamba muri Ukraine

1024x576 cmsv2 61720911 df08 50e0 82af 1ec2796b36f8 9430519

Ibiro Ntaramakuru bya Koreya ya Ruguru bigenzurwa na Leta byavuze ko Umuyobozi w’iki gihugu, Kim Jong un yahaye izina ry’intwari abayobozi b’ingabo n’abasirikare bagarutse mu gihugu nyuma yo gufatanya n’Ingabo z’u Burusiya ku rugamba mu karere k’umupaka ka Kursk. Kuri uyu wa Gatanu, ibitangazamakuru bya Leta byavuze ko umuyobozi wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un […]

Leta ya RDC irishyuza Joseph Kabila indishyi za miliyari hafi 22$

bitmap 1200 nocrop 1 1 20250801025140912424 kabila 1

Kuri uyu wa Kane, itariki 21 Kanama, mu Rukiko rwa Gisirikare, Abavoka bahagarariye leta ya Congo n’intara za Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo, basabye ko uregwa, uwahoze ari Perezida Joseph Kabila, yishyura indishyi zingana na miliyari 21.7 z’amadolari ya Amerika. Kuri bo, ngo uwahoze ari umukuru w’igihugu yashyigikiye Ingabo z’u Rwanda n’abarwanyi ba AFC/M23 mu bikorwa byabo […]

Kicukiro: Basabwe kunoza serivisi igihe Shampiyona y’Isi y’amagare izaba ibera mu Rwanda

csm Inama ya UCI1ED 61225353c5

Ibi byagarutsweho n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine, ubwo yaganiraga n’abacuruzi bafite ibigo binini bikorera mu Karere ka Kicukiro mu rwego rwo kubategura kwakira  Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare [UCI Road World Championships 2025]. Iyi Shamiyona iteganyijwe kubera mu Rwanda kuva tariki 21-28 Nzeri 2025 ariko abasiganwa bakaba bazakoresha imihanda yo mu Mujyi wa […]

Gasabo: Umugabo yishe umwana we arimo kugerageza gukubita nyina

GasaboDist

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo kuri uyu wa Gatatu ushize bwaregeye Urukiko Rwibanze rwa Gasabo dosiye y’umugabo ukurikiranweho gukubita umugore we igiti (inkoni) kigafata umwana yari ahetse bikamuviramo urupfu. Ibyo byabaye ku itariki ya 02 Kanama 2025 mu Mudugudu wa Kagese, Akagali ka Rusheshe, mu Murenge wa Masaka ubwo uregwa yagiranaga amakimbirane n’umugore we […]

RDC: Urubanza rwa Joseph Kabila rurakomeje

ZXFXNAZDJZNXHNJZHRNMGJDMYY

Urubanza rwa Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, rwakomeje kuri uyu wa Kane, itariki ya 21 Kanama 2025, imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa DRC. Uyu munsi iburanisha rizatangira icyiciro cyo kuburana. Nk’uko byatangajwe na Perezida wa mbere w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, Lt. Gen. Mutombo Katalay Tiende Joseph, ngo bahawe […]

Kindu: Hashyinguwe abasirikare n’abapolisi biciwe mu mirwano n’inyeshyamba za Wazalendo

Hommage aux militaires tues a Kindu 0

Umujyi wa Kindu (Maniema) wasezeye bwa nyuma abantu bane bo mu nzego z’umutekano, barimo abasirikare n’abapolisi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bishwe mu mirwano yabaye ku wa Kane, itariki ya 14 Kanama, yabahuje n’inyeshyamba za Wazalendo. Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 20 Kanama, Guverineri w’Intara, Mussa Kabwankumbi MoĂŻse, ni we wayoboye umuhango […]

Israel yatangiye ibitero byo ku butaka byo kwigarurira Gaza

idf soldiers 01 gty jef

Abayobozi bo muri uyu mujyi bavuga ko Abanyapalestine batangiye guhunga ibice by’Umujyi wa Gaza nyuma y’uko Ingabo za Israel zitangiye ibyiciro bya mbere by’igitero cyo ku butaka imaze iminsi itegura. BBC ivuga ko Ingabo za Israel zashinze ibirindiro mu nkengero z’umujyi, utuwe n’Abanyapalestine barenga miliyoni, nyuma y’iminsi myinshi haterwa ibisasu. Guteza imbere ahantu Israel yigaruriye […]

Bugesera: Igishanga cya Rurambi gihingwamo umuceri kigiye kurushaho gutunganywa

csm UMUCERI7 5c20ef39ef

Mu rwego rwo guteza imbere ubuhinzi binyuze mu mushinga wo gutunganya ibishanga, kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki ya 19 Kanama 2025, itsinda ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) hamwe n’abafatanyabikorwa baryo basuye Akarere ka Bugesera, bagirana ibiganiro n’abakozi bashinzwe ubuhinzi ku rwego rw’Akarere. Ibiganiro byibanze ku ngamba zo guteza imbere ubuhinzi, by’umwihariko […]

A.U. iritegura gufasha gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Washington

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe urimo kwitegura gushyigikira kurangiza no gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Washington hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’u Rwanda nk’uko byatangajwe ku wa Gatatu, itariki ya 20 Kanama, na Perezida wa Komisiyo ya A.U., Mamoud Ali Youssouf, ubwo yabonanaga na Minisitiri w’Intebe wa RDC, Judith Suminwa i Yokohama mu […]

Gasabo: Arashinjwa kugerageza kwica umugore we amuroze

csm Gasabo 122321pdf 545dd2d8f3 f130dad671

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 20 Kanama, bwaregeye Urukiko Rwibanze rwa Gasabo dosiye iregwamo umugabo wagerageje kuroga umugore we umushyiriye umuti wica imbeba mu biryo.  Ibyo byabaye ku itariki ya 04 Kanama 2025 ahagana saa sita z’amanywa mu murenge wa Gatsata, akagari ka Nyamabuye, umudugudu wa Juru ubwo […]

Sudani: Umujenerali uherutse kujya mu kiruhuko cy’izabukuru yatawe muri yombi

Inzego z’umutekano za Sudani ku wa Kabiri zataye muri yombi umujenerali mukuru uherutse guhatirwa kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, nyuma y’imyaka irenga ibiri ashinjwa kuyobora umugambi wo guhirika ubutegetsi. Maj. Gen. Abdel Baqi Bakrawi wahoze ari umuyobozi wungirije w’ingabo zikoresha ibifaru, yatawe muri yombi mu gitondo cya kare. Ifatwa rye ryaje nyuma y’iminsi ibiri gusa Umuyobozi […]

Colombia: Urukiko rwarekuye uwari perezida uherutse gukatirwa imyaka 12 y’igifungo

063 1425690671 0

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 19 Kanama, Urukiko Rukuru rwa Colombia rwategetse ko uwahoze ari Perezida, Alvaro Uribe, afungwa by’agateganyo mu gihe ajuririra igihano yahawe nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutera ubwoba abatangabuhamya no gutanga ruswa mu rubanza rujyanye n’intambara y’abenegihugu imaze igihe. Ku itariki ya 1 Kanama, Uribe w’imyaka 73 yakatiwe igifungo cy’imyaka 12, […]

Tshisekedi yabwiye u Bubiligi ko batanyuzwe n’umushinga w’amasezerano y’amahoro wateguwe na Qatar

Gyu9gzWWoAEH TD

Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yeruye itangaza ko itanyuzwe n’ibikubiye mu mushinga wa mbere w’amasezerano y’amahoro wateguriwe i Doha nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime PrĂ©vot, wakiriwe na FĂ©lix Tshisekedi i Kinshasa kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki ya 19 Kanama 2025. Umukuru w’igihugu cya Repubukika ya Demokarasi ya Congo, […]

Nyarugenge: Aba DASSO basabwe gufasha kurwanya imyubakire y’akajagari

csm DASSO 19 08 2025 f241d9bb43

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ingangare Alexis, ari kumwe n’abayobozi b’Inzego z’Umutekano bahuye n’abagize Urwego rwunganira Akarere gucunga umutekano (DASSO) maze baganira ku kunoza akazi kabo, imikorere n’Imikoranire, imyitwarire myiza, ubunyangamugayo na discipline. Muri iyi nama yabaye kuri uyu wa 19 Kanama 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yashimye akazi urwego rwa DASSO rukora abasaba gukomeza gushyira […]

Kinshasa: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi yakiriwe mu ruzinduko rutunguranye

Gyu9gzZXUAA1O2v

Mu ruzinduko bivugwa ko ari urwa politiki n’ubutabazi mu bihugu bine byo muri Afurika yo Hagati n’Uburasirazuba, Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime PrĂ©vĂ´t, yakiriwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 19 Kanama 2025, i Kinshasa, na Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Antoine Tshisekedi mu ruzinduko rusa nk’urutunguranye. […]

Goma: Undi mukwabu wafatiwemo benshi nyuma y’amasasu yaraye ahumvikanye

Arrestation Goma3

Umukwabu mushya wa AFC / M23 mu  gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 19 Kanama, mu gace ka Kyeshero (Komini ya Goma), mu burasirazuba bwa Congo, wafatiwemo abantu benshi, biganjemo urubyiruko. Uyu ni umukwabu wa kabiri ukozwe n’Ingabo za AFC/M23 mu Mujyi wa Goma muri uku kwezi, nyuma y’uwakorewe mu gace ka Mabanga-Sud […]

Walikale: M23 yacakiranye na Wazalendo mu mirwano ikaze yo kwigarurira Kaliki

AFP 20240515 34RH47Z v1 Preview DrcongoUnrestConflict 1715849333

Kuri uyu wa Mbere, itariki 18 Kanama, biravugwa ko inyeshyamba za AFC / M23 zagerageje kongera kwigarurira Kaliki, umudugudu w’ingenzi muri Gurupoma ya Waloa Yungu, muri Teritwari ya Walikale. Amakuru atangazwa na Actualite.cd avuga ko inyeshyamba za M23 zaturutse i Kibati, muri Gurupoma ya Luberike,  zigamije kugaba igitero gishya ku birindiro bya Wazalendo muri kariya […]

Uganda: NUP yemeje Bobi Wine nk’umukandida wayo mu matora yo mu 2026

Bobi Wine Uganda 1024x536 1

Umuyobozi w’ishyaka NUP, Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine, yemeje ko yifuza guhatanira kuba perezida wa Uganda mu matora rusange yo mu 2026 nyuma y’uko ishyaka rye ryakiriye forms zo kuzuza kuri komisiyo y’amatora i Kampala. Bobi Wine, wamenyekanye mu muziki mbere yo kwinjira muri politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi, azagerageza ku […]

Nyanza: Igipolisi cyasatse urugo rwa Col. MoĂŻse Arakaza

1755583225851

Igice gishya cyiyongereye kuri dosiye y’umupolisi mukuru mu Gipolisi cy’u Burundi, Col. MoĂŻse Arakaza, uzwi ku izina rya Nyeganyega, ukurikiranweho guhungabanya ubukungu bw’igihugu no gushaka kwica. Amakuru aturuka muri iki gihugu avuga ko ku Cyumweru, itariki ya 17 Kanama, urugo rwe ruherereye mu Mudugudu wa Muyange, Komini ya Nyanza, mu Ntara ya Burunga (mu majyepfo […]

Burkina Faso yahambirije Umuhuzabikorwa wa Loni

TRAORE 24a16cda20850b9f870a3a8ddf5b359f 1745335101737

Kuri uyu wa Mbere ushize, umuvugizi wa guverinoma yavuze ko Burkina Faso yatangaje Umuhuzabikorwa w’Umuryango w’Abibumbye, Carol Flore-Smereczniak, nk’umuntu utagifite ikaze (persona non grata) kubera raporo yagizemo uruhare ivuga ko hari ihohoterwa rikorerwa abana muri iki gihugu cya Afurika y’iburengerazuba. Abayobozi ba Burkina Faso bavuga ko batagize uruhare mu itegurwa rya raporo y’Umuryango w’Abibumbye, yiswe […]

Tanzania: Urukiko rwabujije gukurikirana imbonankubone urubanza rwa Tindu Lissu

AFP 20250519 479G4JY v1 HighRes TanzaniaPoliticsTrial 1747653119

Kuri uyu wa Mbere, urukiko rwo muri Tanzaniya rwabujije ibinyamakuru gutangaza imbonankubone urubanza ku byaha by’ubuhemu biregwa umuyobozi mukuru w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu, Tundu Lissu, wanenze iki cyemezo. Umucamanza Franco Kiswaga, yavuze ko iryo tegeko rizafasha mu kurinda abatangabuhamya b’ubushinjacyaha, bitewe n’icyifuzo cy’umushinjacyaha wa Leta wavuze ko ari ngombwa guhisha umwirondoro wabo. Kiswaga yagize […]

Sudani: Hakozwe impinduka za mbere mu gisirikare kuva intambara yatangira

Kuri iki Cyumweru, itariki 17 Kanama, Umuyobozi wa Sudani akaba n’Umugaba w’Ikirenga, Gen. Abdel Fattah al-Burhan, yasezereye abasirikare bakuru benshi, barimo n’umuyobozi ukomeye w’intambara, mu ivugurura rya mbere rikozwe mu gisirikare kuva aho intambara n’Ingabo za Rapid Support Forces (RSF) itangiriye mu 2023. Amakuru aturuka mu gisirikare avuga ko mu boherejwe mu kiruhuko cy’izabukuru harimo […]

AFC/M23 yagaragaje ikintu cyonyine cyatuma ibiganiro bitaha bikomeza

WhatsApp Image 2025 01 30 at 16.10.32 56816663 1024x682 1

Ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Kinshasa, kuri iki Cyumweru, itariki 17 Kanama 2025, ryashimiye imirimo igihugu cya Qatar kirimo gukora mu rwego rwo kunga impande zombi zihanganye, ariko rica amarenga ko ibiganiro biri imbere bishobora kugorana mu gihe ibyemeranyijwe mbere bitashyizwe mu bikorwa. “Ihuriro AFC / M23 rirashimira byimazeyo Leta ya Qatar ku bw’imbaraga […]

Korea y’Epfo na Amerika byatangiye imyitozo ya gisirikare ihuriweho

Kuri uyu wa Mbere, Koreya y’Epfo na Amerika byatangiye imyitozo ngarukamwaka ya gisirikare ya Ulchi Freedom Shield, igamije gushimangira ubushobozi bwo kurwanya iterabwoba rya Koreya ya Ruguru. Ibihugu byombi bivuga ko iyi gahunda y’iminsi 11, ikubiyemo kwitoreza kuri mudasobwa n’imyitozo yo kuri terrain irimo ingabo 21.000, iri mu rwego rwo kwimenyereza kwirwanaho. Icyakora, Pyongyang (Korea […]

M23 na Kinshasa byagejejweho umushinga w’amasezerano mbere yo gusubukura ibiganiro

IMG 3274

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 17 Kanama, umuyobozi muri Qatar wegereye ibiganiro yatangaje ko umushinga w’amasezerano y’amahoro wateguwe washyikirijwe M23 na Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DR Congo), ngo banyuzemo amaso mbere y’uko ibiganiro by’amahoro byongera gusubukurwa. Uyu muyobozi yagize ati: “Umushinga w’amasezerano y’amahoro washyikirijwe impande zombi” ziri mu makimbirane, yongeraho ko umuhuza wo muri […]

U Burundi burashinja M23 kwangiza urugo rw’ubuhagarariye i Bukavu

unnamed 1

Kuri uyu Gatandatu, itariki 16 Kanama 2025, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Édouard Bizimana, yamaganye “ibikorwa byo kwangiza” byitirirwa M23 n’abafatanyabikorwa bayo ku nzu y’uhagarariye inyungu z’u Burundi i Bukavu, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC). Minisitiri Bizimana ati: “Twamaganye ibikorwa byo kwangiza byakozwe na M23 hamwe n’abafatanyabikorwa bayo ku cyicaro cy’uhagarariye […]

RDC yihanangirije Kenya kandi iyisaba kwitonda

Copy of KFP FEATURED IMAGE TEMPLATE 3

Mu mpera z’iki cyumweru, amakimbirane hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) na Kenya yongeye kubura nyuma y’uko ku wa Gatanu, itariki ya 15 Kanama, Perezida wa Kenya, William Ruto, agize Judy Kiaria Nkumiri, ambasaderi i Goma, umujyi umaze amezi arindwi uyobowe n’Ihuriro AFC / M23, ibyarakaje Kinshasa, yo ibona ko ari icyemezo “kidakwiye”. […]

Burundi: Ndayikengurukiye wabaye umuyobozi wa CNDD-FDD yatawe muri yombi

Jean Bosco Ndayikengurukiye lancien chef rebelle hutu detenu pour trafic presume de carburant photographie avec un garde du corps apres son retour au Burundi en 2021 3800x2138 c

Uwahoze ari umuyobozi w’inyeshyamba z’Abarundi, Jean Bosco Ndayikengurukiye, wigeze guhunga kubera kurwanya manda ya gatatu ya Pierre Nkurunziza agasubira mu gihugu mu 2021, yatawe muri yombi ku wa Kane ajyanwa i Mpimba. Araregwa gucuruza mu buryo butemewe lisansi mu Burundi bumaze amezi 56 ubuzima bwarahungabanye kubera ikibazo kitigeze kibaho cy’ibikomoka kuri peteroli. Jean Bosco Ndayikengurukiye, […]

Kisangani: Impanuka y’indege yahitanye 6 barimo ofisiye wa FARDC

PA300162

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 16 Kanama, abantu batandatu barimo umusirikare mukuru wa FARDC, umugore we ndetse n’umurinzi we, bapfuye bazize impanuka y’indege yabereye nko ku birometero 34 uvuye i Kisangani, Intara ya Tshopo. Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko umwe mu bagenzi barindwi bari mu ndege yarokotse, nubwo indege yangiritse bikabije. Amakuru […]

Nyagatare: Umuyoboro w’amazi wa 24km bubakiwe witezweho kugabanya ingendo bakoraga

csm ISM5821 cba35d9512

Mu Murenge wa Kiyombe muri iki Cyumweru hatashywe ku mugaragaro umuyoboro w’amazi meza ureshya n’ibirometero 24, ufite amavomo rusange 30 akwirakwijwe mu midugudu 14. Uyu mushinga wubatswe ku bufatanye bw’umuryango Water For People binyuze mu mushinga Isoko y’Ubuzima, ku nkunga ya USAID. Watangiye mu mwaka wa 2021 ukaba waruzuye utwaye amafaranga y’u Rwanda 309,503,036. Uyu […]

Kindu: Imirwano ikaze hagati ya FARDC na Wazalendo yiciwemo abarimo umupolisi

rutshuru

Kuri wa Kane, itariki ya 14 Kanama, Umujyi wa Kindu wabyukiye mu mirwano ikaze yabaye hagati ya Wazalendo n’inzego z’umutekano za Congo. Kurasana hagati y’inyeshyamba za Wazalendo na FARDC, ubusanzwe bafatanya mu kurwanya M23, kwahereye mu gace ka Tokolote, gaherereye muri Komini ya Mikelenge, biteza ubwoba bwinshi ndetse bihagarika ubuzima mu bice byinshi by’umujyi. Umubare […]

Gasabo: Inama y’ubuzima yaganiriye ku buryo bushya bwo kuvura malaria

csm UBUZIMA b15e440063

Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 13 Kanama 2025, mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Gasabo hateranye inama y’Ubuzima ku rwego rw’Akarere,  yitabiriwe n’ibyiciro bitanduakanye bikora ku buzima birimo abahagarariye Ibitaro bya Kacyiru na Kibagabaga, abafite amavuriro yigenga, abafite amavuriro y’Ibanze(health post, Abayobozi b”ibigo Nderabuzima, bakozi bashinzwe  ubuzima ku Mirenge n’uhagarariye Division ya Malaria muri […]

Nyuma y’imyaka ibihumbi Yesu Kristo aracyari umuntu wamamaye kurusha abandi ku Isi

Jesus Word of God 1920x1080 1

Biragoye gutondekanya neza ku rutonde abantu 10 ba mbere bamamaye kurusha abandi mu mateka, kuko byaterwa n’icyo ugendereye n’ibipimo byakoreshejwe. Nyamara, amazina amwe agenda agaruka ku ntonde zikorwa bitewe n’ingaruka zikomeye kandi zirambye bagize ku kiremwamuntu. Nta gushidikanya ko izina rya Yesu rikomeza kuza imbere nk’umuntu w’ikimenyabose wabaye ku Isi ku buryo n’umwana ukivuka nyuma […]

Burundi: Colonel Arakaza wavuzwe mu byaha bitandukanye yafashwe azira lisansi

maxresdefault 2

Kuri uyu wa Kane, Umupolisi w’u Burundi, Colonel MoĂŻse Arakaza, uzwi ku izina rya Nyeganyega, wakunze kuvugwa mu birego byo guhonyora uburenganzira bwa muntu, yatawe muri yombi afatiwe i Bujumbura. Amakuru aturuka muri polisi avuga ko akekwaho kuba yaragize uruhare mu gucuruza lisansi yavaga muri Tanzania mu buryo butemewe. Ibi byatangiye ku wa Gatatu, itariki […]

Rubavu: Hatangijwe gahunda ya SmileZone buri wa Gatanu wa nyuma

csm SZ c0d0624b2c

Mu Karere ka Rubavu hatangijwe ku mugaragaro gahunda ya SmileZone, umwanya w’Abanyarwenya n’abandi bafite impano zo gusetsa no gususurutsa abaturage. Uyu mushinga uzajya uba buri wa Gatanu wa nyuma w’ukwezi, ukaba watangiriye kuri Hanga Hub Rubavu. Mu ijambo rye, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu NZABONIMPA Deogratias watangije iyi gahunda, kuwa 10 Kanama, yashimye iki […]

Minisitiri w’Intebe yahaye impanuro abasoje Itorero Indangamirwa 15

GyTwB3eXEAEb6j8

Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15 ryasojwe kuri uyu wa Kane, itariki 14 Kanama 2025, mu birori byaranzwe n’imyiyereko itandukanye: Akarasisi ka gisirikare, imikino njyarugamba, imbyino gakondo n’ibindi. Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva ni we wasoje iri torero ku mugaragaro. Mu ijambo rye asoza Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva yagaragaje akamaro k’Itorero […]

Minisitiri w’ubutabera yatangije inama rusange ya 6 y’Urwego rw’Ubugenzacyaha

GyTJRW3WsAQWF D

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Emmanuel Ugirashebuja, kuri uyu wa Kane, itariki 14 Kanama, yafunguye ku mugaragaro inama rusange ya gatandatu y’Urwego rw’Ubugenzacyaha. Iyi nama ifite insanganyamatsiko igira iti: “Umuturage ku isonga: Gukora kinyamuga dutanga ubutabera bunoze.” Ni inama ihuza abayobozi bakuru ba RIB n’abahagarariye abandi bagenzacyaha bo mu gihugu hose bakaganira ku byagezweho, […]

Walikale: VDP/Wazalendo iremeza ko ikigenzura Buhimba nyuma yo gusubiza inyuma M23

8b6bcd02 bec9 4068 90f2 2ce2c02bcf54

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 13 Kanama, inyeshyamba za AFC / M23 ziravugwaho kugaba igitero ku birindiro by’umutwe wa VDP/Wazalendo i Buhimba, muri Gurupoma ya Kisimba (Teritwari ya Walikale), Kivu y’Amajyaruguru ariko zigasubizwa inyuma. Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace agera kuri Actualite.cd abitangaza, inyeshyamba za AFC/M23 ngo zagabye igitero ahagana mu ma saa […]

Bugesera: Urubyiruko rwavuye Iwawa rwahawe amagare

csm amagare 1af18af4af

Ku bufatanye bwa Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, ari kumwe n’Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Karere, SP Nyiraneza Marguerite, bashyikirije amagare 10 urubyiruko rwavuye  Iwawa, rwibumbiye muri Koperative ABIZERWA ikora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare rusabwa kuyakoresha neza akarugirira umumaro ndetse no kwirinda kongera kujya mu […]

Entebbe: Hafashwe abacanshuro b’Abagande bari bagiye muri Ukraine

GyOpmfNX0AAd7LJ

Ku wa Kabiri, abashinzwe umutekano w’Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Entebbe bahagaritse abagabo icyenda bo muri Uganda bakekwaho kuba bari bagiye mu gisirikare cya Ukraine (UAF) gufasha mu ntambara ikomeje kurwana n’u Burusiya. Aba bagabo, bose bafite uburambe mu bya gisirikare, bari baranditswe kugira ngo bajye ku rugamba bitwikiriye akazi k’abashinzwe umutekano kunguka, uburyo abapolisi bemeza […]

Nyarugenge: MINECOFIN yasohoye udutabo tuzafasha umuturage kumenya uko ingengo y’imari icungwa

GyJqpmOXkAIyhng

Abayobozi baturutse muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) kuri uyu wa 12 Kanama 2025, bagiranye inama n’Abayobozi Nshingwabikorwa b’Akarere ka Nyarugenge aribo Bwana Ingangare Alexis na Madamu Uwamahoro Genevieve ndetse n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge yose Igize Akarere ka Nyarugenge uko ari 10. Hari mu gikorwa cy’itangwa ry’agatabo gasobanura mu buryo bworoshye Ingengo y’Imari ku rwego rw’igihugu. Abayobozi […]

RDC: Uwari minisitiri w’ubutabera yasabiwe imyaka 10 y’imirimo y’agahato

img 20240817 wa0047

Urubanza ruregwamo uwahoze ari Minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba, rwakomeje mu ruhame kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 13 Kanama 2025, aho umushinjacyaha yasabiye uregwa igihano cy’imyaka 10 y’imirimo y’agahato kubera kunyereza miliyoni 19 z’amadolari ya Amerika yari agenewe kubaka gereza i Kisangani. Umushinjacyaha yasobanuye ko uregwa yakoresheje uburyo bw’amasezerano n’abikorera aho gutanga isoko rya Leta, […]

U Bushinwa bwacanye umubano na Perezida wa Czech kubera gusura Dalai Lama

U Bushinwa buravuga ko bwamaganye bikomeye imyitwarire ya Reubulika ya Czech nyuma y’uko Perezida Petr Pavel yerekeje mu Buhinde gushimira Dalai Lama ku myaka 90 amaze avutse. Beijing ivuga ko yahagaritse umubano wose na Perezida wa Czech, Petr Pavel kubera ko aherutse guhura na Dalai Lama, ibikomeza kuzambya umubano bivugwa ko utifashe neza hagati ya […]

Nyamirambo: Hatangiye urubanza ruregwamo abanyamakuru n’abasirikare

457260892 1075764030855733 6803384148712588619 n

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 13 Kanama 2025, Urukiko rw’Ibanze rwa Gisirikare ruri i Nyamirambo hatangiye urubanza ruregwamo abantu 28 barimo abasirikare n’abasivili bakekwaho Ubufatanyacyaha mu gutanga inyandiko utemerewe no mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe. Ibyaha baregwa bifitanye isano n’amatike y’indege yaguzwe kuri konti ya Minisiteri y’Ingabo mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Mu basivile […]

Brazil yiyemeje gukarishya Ingabo za FARDC mu bijyanye n’imirwanire yo mu mashyamba

Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Brazil byashyize umukono ku masezerano mashya mu by’ubwirinzi agamije kuzamura ubufatanye mu bya gisirikare no kongerera ingufu FARDC. Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ingabo, Guy Kabombo, kuri uyu wa Kabiri, itariki 12 Kanama, yagiranye ibiganiro na mugenzi we Brazil, JosĂ© MĂşcio Monteiro, mu murwa mukuru, BrasĂ­lia. Ibiganiro byibanze […]

Burundi: Imbonerakure zikubutse kurwana muri Congo ziravuga ko zagambaniwe

904a4c77 10ef 4c33 ab4b e9d2e26ce471 1900x1069 c 1

Nyuma y’amezi umunani bagiye gufatanya na FARDC kurwanya M23 muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abasore benshi b’Imbonerakure (Urubyiruko rwa CNDD-FDD) bavuga ko batabonye ibihembo byasezeranijwe cyangwa ubufasha.  Aba banyamuryango b’urubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD bavuga ko binjijwe mu gisirikare cy’u Burundi basezeranywa amadorari 500 ya Amerika hamwe no kwishingirwa ku biribwa. Umusore wahuriye […]

RDC: USA yafatiye ibihano umutwe w’inyeshyamba na sosiyete 2 z’Abashinwa

compress aime generated 1755033112431.jpg

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 12 Kanama, Minisiteri y’imari ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ibihano ku nzego zifitanye isano n’ubugizi bwa nabi bw’imitwe yitwaje intwaro n’ubucuruzi butemewe bw’amabuye y’agaciro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Ibiro bishinzwe kugenzura umutungo w’amahanga (OFAC) byibasiye umutwe wa Coalition des Patriotes RĂ©sistants Congolais-Force de Frappe (PARECO-FF), ukorera […]

Korea: Keon Hee yabaye uwahoze ari First Lady wa mbere utawe muri yombi

AFP 20231120 344933A v9 HighRes BritainSkoreaDiplomacyPolitics 1734431994

Uwahoze ari umudamu wa mbere (First Lady) wa Koreya y’Epfo, Kim Keon Hee, yabaye uwa mbere mu mateka y’igihugu watawe muri yombi akurikiranweho ibyaha. Mu byaha uyu mugore wa perezida uherutse kweguzwa, Yoon Suk Yeol, aregwa harimo uburiganya mu bijyanye n’isoko ry’imigabane, ruswa no gukoresha icyo ari cyo mu nyungu ze, ibirego bihanishwa igifungo cy’imyaka. […]

Kicukiro: Hatangijwe icyumweru cyahariwe serivisi z’irangamimerere

GyKtcLMW0AAH3gw

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 12 Kanama, mu turere twose tw’Umujyi wa Kigali hatangijwe icyumweru cyahariwe irangamimerere, hanizihizwa Umunsi Nyafurika w’Irangamimerere. Iki gikorwa ku rwego rw’Akarere ka Kicukiro cyabereye mu Kagari ka Nyakabanda mu Murenge wa Niboye, aho Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere, Mutsinzi Antoine, yibukije abaturage akamaro k’Irangamimere. Yagize ati: “Uyu munsi turizihiza Umunsi Nyafurika w’Irangamimerere […]

Walungu: Imirwano ikaze yakomeje hagati ya M23 na FARDC/Wazalendo

38012b7 congo fighting 1

Amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyepfo aravuga ko kuva mu mpera z’icyumweru gishize hagaragara urujya n’uruza rw’inyeshyamba za M23/AFC mu turere twinshi two mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Izi ngabo z’inyeshyamba biravugwa ko zirimo gushimangira ibirindiro byazo muri Teritwari ya Walungu, aho zihanganye n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abafatanyabikorwa babo bo mu mitwe […]

Lubumbashi: Abasirikare n’abapolisi bafashwe bakekwaho ibyaha birimo ubujura

congoquotidien actualite rdc nouvelles promotions fardc richard leon kasonga cibangu jacques ychaligonza nduru grade militaire kinshasa defense 378 file

Abasirikare batandatu n’umupolisi bafatiwe i Lubumbashi, mu Ntara ya Haut-Katanga, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bashinjwa ibyaha birimo ubujura no kurenga ku mategeko. Ibi byatangajwe na Komiseri wa polisi y’igihugu mu ntara, Blaise Kilimbalimba, watangaje aya makuru ku wa Mbere, itariki 11 Kanama 2025. Usibye abagabo barindwi mu nzego z’umutekano, hari n’umusivili ukorana na […]

Huye: Ikiraro cya Kirutamwogo cyorohereje ubuhahirane

csm Kirutamwogo 1 c93de1af2c

Abatuye mu Murege wa Simbi mu Karere ka Huye barishimira ko mu murenge wabo huzuye ikiraro cyo mu kirere cya Kirutamwogo cyoroheje ubuhahirane, bityo bakaba batakikanga kuba hari uwatwarwa n’umugezi. Ibi abaturage bo mu Kagali ka Gisakura mu Murenge wa Simbi babigaragaza bashingira ko mbere iki kiraro kitarubakwa, batashoboraga kwambuka umugezi wa Kirutamwogo, bityo bikadindiza […]

USA: Trump ari guhatirwa gutanga umucyo ku masezerano y’amabuye y’agaciro ya Congo

trump rubio

Itsinda ry’Abadepite 52 bo mu ishyaka ry’Abademokarate muri Amerika, riyobowe n’unwe mu bagize komite ishinzwe ubucuruzi, Linda T. Sánchez, basabye ko Perezida Donald Trump n’Umunyamabanga wa Leta, Marco Rubio, batangaza amakuru arambuye ku mishyikirano bavuga ko yabaye rwihishwa na Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku masezerano y’amabuye y’agaciro. Mu ibaruwa yo ku itariki ya 8 […]

Sudani: Igisirikare cyasubije inyuma igitero simusiga cya RSF kuri El Fasher

Sudanese army and allied armed groups members repelled a fresh attack on August 11 2025 802x485 1

Ingabo za Sudani n’imitwe yitwaje intwaro bifatanya zavuze ko kuri uyu wa Mbere ushize bahagaritse igitero gikomeye cy’inyeshyamba za Rapid Support Force (RSF) kuri El Fasher, ibirindiro bya nyuma by’ingabo mu karere ka Darfur. Igitero cyagaragaje ubwiyongere bw’amakimbirane nyuma y’ibyumweru by’unutuzo mu mirwano yo ku butaka, aho umujyi wari ugoswe wakomeje kwibasirwa n’ibisasu bya RSF […]

Akarere ka Nyaruguru kaje imbere mu bijyanye no gutanga serivisi z’irangamimerere

nyaruguru district 700x445 1

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yashyize ahagaragara urutonde rugaragaza uko uturere 30 tw’igihugu twitwaye mu mitangire ya serivisi z’Irangamimerere (CRVS) mu mwaka wa 2024–2025. Akarere ka Nyaruguru ni ko kahize utundi mu gihugu. Izi serivisi zirimo izijyanye n’ivuka ry’abana (Birth statistics), impfu (Death statistics) n’izijyanye n’ubukwe (Marriage statistics). Akarere ka Nyaruguru ni ko kaje ku mwanya wa […]

Colombia: Uwari kandida perezida yishwe n’ibikomere by’amasasu yarashwe yiyamamaza

whatsapp image 2025 08 11 at 07.57.38

Uwari umukandida ku mwanya wa Perezida wa Colombia, Miguel Uribe, yapfuye nyuma y’amezi abiri arashwe mu mutwe mu gikorwa cyo kwiyamamaza, nk’uko umugore we yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere. Maria Claudia Tarazona yanditse ku rubuga rwe rwa Instagram ati: “Uzahora uri urukundo rw’ubuzima bwanjye. Warakoze kubw’ubuzima bwuzuye urukundo.” Yongeyeho ati: “Ruhukira mu […]

Uko Ingabo z’u Rwanda zikomeje kuziba icyuho cy’umutekano muri Afurika

soldiers from the rwanda defence force rdf training with v0

Hirya no hino ku mugabane wa Afurika, aho usanga umutekano muke ukomeje kugaragara mu turere twugarijwe n’intambara hagati y’abenegihugu, inyeshyamba, n’amakimbirane ashingiye ku mutungo kamere, Umuryango w’Abibumbye wahuye n’igitutu gikabije cyo gucyura cyangwa kugabanya ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu gihe Ingabo z’u Rwanda (RDF) zigerageza kuziba icyuho cy’umutekano wabaye ndanze muri Afurika. Ubutumwa bwigeze kohereza […]

Mali: Abasirikare barimo abajenerali 2 bafunzwe bakekwaho gushaka “guhungabanya inzibacyuho”

hq720

Abategetsi ba Mali bakoze ibikorwa byo guta muri yombi benshi mu ngabo z’igihugu, aho bivugwa ko nibura abasirikare 45, barimo abajenerali babiri bakekwaho gushaka “guhungabanya inzibacyuho,” bamaze gutabwa muri yombi, kandi ifatwa rikaba rikomeje. Ku gicamunsi cyo ku Cyumweru, itariki ya 10 Kanama, abandi basirikare babiri bafatiwe mu ngo zabo. Kimwe n’abandi bagenzi ba bo […]