Iby’abahanzi n’ibitangazamakuru byongeye gufata indi ntera

Umuhanzi akaba n’umunyamategeko ubimazemo igihe, Alain Mukuraririnda, yatangije ubukangurambaga mu bahanzi bugamije guhaguruka bakarengera uburenganzira bwabo ku bihangano bikoreshwa n’ibitangazamakuru nta mafaranga bahawe. Ibi bibaye nyuma y’uko ikigo ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA) cyibukirije ibitangazamakuru ko bigomba kwishyura abahanzi amafaranga y’ibihangano byabo bakoresha. Ashingiye kuri ibi, Alain Mukurarinda nk’impuguke mu mategeko akaba n’umwe mu bahanzi bamaze […]

Papa Francis yakoze ikintu cyababaje Amerika bikomeye

Leta ya Vatican yanze gusurwa n’ Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Mike Pompeo, mu nama yifuzaga kugirana na Papa Francis. Ibi bibaye nyuma yaho, Pompeo avugiye ko Kiliziya Gatolika irimo gushyira ububasha bwayo mu kaga, iganira n’Ubushinwa ku myanzuro ifatwa mu iyobokamana Gatolika. Leta ya Vatican ivuga ko Papa atemerwa kwakira abayobozi […]

Abakozi ba OMS bafashe abagore ku ngufu muri RDC bagiye kubiryozwa

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS ryatangije iperereza ku bakozi b’uyu muryango bitwikiriye kuvura icyorezo cya Ebola bagasambanya abagore muri RAepubulika iharanira Demokarasi ya Congo. BBC yanditseko abakozi ba OMS n’abimiryngo yindi y’abagiraneza bashinjwa gufata kungufu abagore 50 b’Abanyecongo.Muri aba 50 ,2 batewe inda . Ibi byaha byose byakozwe hagati ya 2018 na 2020 […]

Irushanwa ‘The Next Pop Star’ rije guhoza abahanzi amarira batewe na Guma Guma

Ikirango cy'irushanwa The Next Pop Star rigiye gutangira mu Rwanda

Ikigo ‘More Events’ gitegura ibitaramo bitandukanye by’umiziki ryatangaje ko rigiye hutegura irushanwa cyise ‘The Next Pop Star’ uzaryegukana akazahembwa miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda. Kigali Today yanditse ko guhera kuri uyu wa 30 Nzeri kugeza ku wa 18 Ukwakira 2020, abashaka kuryitabira batuye mu Rwanda bazatangira kwiyandikisha. Biteganijwe ko iri rushanwa rigomba kwitabirwa n’umuhanzi wese, […]

Umukobwa ubana n’ubumuga bwo mu mutwe watewe inda n‘umuntu utazwi yaremewe

Bazongere na bagenzi be bagize itsinda Her Friends baremeye umukobwa wagaragaye avuga ko atazi umugabo wamuteye inda

Itsinda Her Friends ribarizwamo umukinnyi wa Filimi Bazongere Rozine ukina muri City Maid ryaremeye umukobwa ubana n’ubumuga bwo mu mutwe watewe inda n’umuntu utaramenyekana. Mu minsi ishize ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho y’umukobwa ufite umwana muto w’uruhinja wavugaga ko atazi uwamuteye inda, ubundi akavuga ko ari uwitwa Kazungu wamuhaga akazi ko kumutekera. Uyu mukobwa witwa […]

Biravugwa ko Judith wahoze ari umugore wa Safi yambitswe impeta n’umusore bakundana

Birakekwako Judith yambitswe Impeta

Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye hatangiye gucicikana amakuru avuga ko Niyonizeye Judith yambitswe impeta n’umusore bamaze igihe gito bakundana. Ibi bishingirwa ku mafoto yagiye ahererekanwa ku mbuga nkoranyambaga avuga ko Judith n’umukunzi we babanje gutembera mu mujyi wa Kigali nyuma bakaza gukomereza urugendo rwabo mu Karere ka Musanze. Bivugwa ko […]

Amafoto y’umuhanzi Sheebah Karungi akomeje kuvugisha benshi- Amafoto

Sheebah yongeye kwiyereka abafana be mu mwambaro udasanzwe

Umuhanzikazi w’umunya -Uganda, Sheebah Karungi yongeye kwibazwaho n’abakoresha imbuga nkoranyambaga ubwo yashyiraga hanze amafoto yambaye umwambaro w’imbere gusa. Sheebah ni umuririmbyi w’icyamamare muri Afurika y’iburasirazuba , by’umwihariko akaba azwiho kwigaragaza mu mafoto nk’umukobwa ukurura abagabo ku buryo budasanzwe. Sheebah akunze kumvikana mu itangazamukuru yivugira ko we nta kibazo na kimwe abona mu kwambara imyambaro igaragaza […]

Mu mafoto: Dore uko mu Buyapani bizihiza umunsi w’igitsina cy’umugabo

Umunsi w'igitsina cy'umugabo ushimisha benshi mu Buyapani

Mu Kinyarwanda baravugo ngo “Agahugu umuco akandi uwako”. Buri cyumweru cya mbere cya Mata, ibihumbi by’abaturage b’u Buyapani bahurira mu mihanda migari bizihiza umunsi ngarukamwaka wahariwe igitsina cy’umugabo (Penis) uzwi nka Kanamara Matsuri Ni umunsi ngarukamwaka w’izihizwa mu gace ka Kawasaki gaherereye mu majyepfo y’u Buyapani. Imbaga y’abantu ihurira mu duce duhuriramo abantu benshi, aho […]

Tanzania n’u Burundi bagiye kubaka umuhanda wa gariyamoshi uhuza Gitega na Dar es Salaam

Ubwo Perezida w’uBurundi Maj .Gen. Evariste Ndayishimiye aheruka gusura Tanzania ibihugu byombi byemeranyije ku mushinga mugari wo kubaka umuyoboro wa gariyamoshi uhuza Gitega na Dar es Salaam. The East African yanditse ko ubwo Perezida w’u Burundi Evarise Ndayishimiye yasuraga uwa Tanzania John Pombe Magufuli baganiriye ku mushinga w’iyubakwa ry’umuhanda wa gariyamoshi uhuza ibihugu byombi. Ubwo […]

Umwarimu waroze abanyeshuri 25 b’incuke yakatiwe urwo gupfa

Umwarimu w’Umushinwakazi wigisha mu ishuri ry’incuke yakatiwe igihano cy’urupfu nyuma yo guhamwa no kuroga abana 25 ku kigo yigishaho bikarangira umwe ahasize ubuzima. Inkuru ya BBC ivuga ko Wang Yun yatawe muri yombi mu mwaka ushize nyuma kuroga abana b’incuke biga mu ishuri rya mugenzi we bari bafitanye amakimbirane. Bivugwa ko uwo mwarimu w’umugore yashyize […]

Ibitekerezo bya Bamporiki Edouard ku njyana y’ibishegu yadutse mu Rwanda

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Edouard Bamporiki yavuze ko kuririmba ibishegu atari iby’i Rwanda aho anemeza ko mu bihe byo hambere uwabikoraga yitwaga umusazi. Mu kiganiro cyatambutse kuri Radio 10 kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nzeri 2020, Bamporiki Edouard yanenze abahanzi baharaye kuririmba ibihangano biganisha ku busambanyi, aho abigereranya nk’ishyano rya kabiri […]

Abagabo 15 bahiga abandi mu gikundiro n’uburanga mu 2020

ham1.jpg

Ubwiza akenshi ni ikimwe mu bintu bikunze gutera impaka hagati y’abantu, aho abemera Imana bavuga ko abantu bose ari beza cyane ko baremwe mu ishyusho yayo. Hari n’abandi bavuga ko n’ubwo abatu bose ari beza hari abeza kurusha abandi ari nabyo byashingiweho ikinyamakuru Worldwonder.org gikora urutonde rw’abagabo 15 beza ku Isi. Ni urutonde rutagaragaraho umugabo […]

Byinshi ku ba-Fore barya ubwonko bwa bagenzi babo bapfuye

Muri Papua barya ubwonko nn'ibisigazwa bw'imibiri y'abantu bapfuye

Iyi Si dutuye usanga buri gace kagira umuco akandi uwako, muri Papua New Guinea hari ubwoko bw’aba Fore buryoherwa no kurya ibisigazwa by’imibiri ya bene wabo bapfuye, bikaba akarusho ku bagore baho bakunda cyane kurya ubwonko bwa bene wabo. Muri iki gihugu kibarizwa ku mugabane wa Oceania, ubwoko bwinshi buhatuye ngo ibijyanye no gushyingura ntibabikozwa […]

Ibihugu 2 byo muri Aziya byarasanye karahava

Kuri iki cyumweru tariki ya 27 Nzeri 2020, ibihugu bya Armenia na Azerbaijan byashyamiranye, abasirikare babyo bararasana bipfa akarere ka Nagorno-Karabahk kari hagati yabyo. Inkuru ya BBC Ivuga ko ububushyamire bw’ibi bihugu byahoze ari bimwe mu bigize Leta zunze ubumwe z’Abasoviyeye(USSR) bumaze igihe kirekire aho buri gihugu cyifuza ko akarere ka Nagorno Karbakh kakomekwa ku […]

Rucagu Boniface yifashishije Rusesabagina mu gusobanura umwanzi w’Igihugu uwo ari we

Rucagu Boniface uri mu bagize Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye, yanenze Paul Rusesabagina kubw’ibitero yagabye mu Kinigi n’i Nyabimata binyuze mu Mutwe wa FLN bigahitana ubuzima bw’inzirakarengane z’abaturage. Mu kiganiro Rucagu yagiranye n’umunyamakuru Etienne Gatanazi wa Real Talk Channel, yavuze ko bitakorohera umuntu wese gutsinda urugamba yamennye amaraso y’inzirakarengane. Umunyamakuru amubajije icyo atekereza ku mwanzi w’u […]

Nyarugenge: Umugabo birakekwa ko yaguye mu maguru y’indaya bararanye

Mu murenge wa Nyakabanda w’akarere ka Nyarugenge mu munjyi wa Kigali , ahazwi nko mu Kamenge haravugwa umugabo wagiye kugura umugore wicuraza bugacya yapfuye. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Nzeri 2020, nyuma y’amakuru yatanzwe n’uwo mugore bari bararanye, ni bwo ubuyobozi bw’umurenge n’inzego zishinzwe umutekano zageze muri urwo rugo zigasanga umugabo […]

Amashuri nafungura nta munyeshuri uzaba yemerewe kwicarana n’undi ku ntebe

Minisiteri y’uburezi yatangaje ko mu gihe amashuri azaba yafunguwe mu Ukwakira uyu mwaka, na munyeshuri numwe uzaba yemerewe kwicarana n’undi ku ntebe . Byatangajwe na Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Gatandatu agaruka ku myiteguro y’itangira ry’amashuri, nk’umwe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 25 Nzeri 2020. Minisitiri […]

Vatican: Karidinali yategetswe na Papa kwegura amuziza guha bene wabo amafaranga ya Kiliziya

Umunyamabanga wa Papa Fransis I, Karidinali Giovanni Angelo Becciu, yategetswe kwegura nyuma yo gukeka ko anyerezaga umutungo wa Kiliziya awihera bene wabo. Karidinali Becciu wigeze kuyobora ubunyamabanga bwa Leta ya Vatican, ashinjwa kuba yarakoresheje umutungo wa Kiliziya mu nyungu ze bwite, nkaho batanga urugero ko yaguze imigabane mu mu kigo cy’ubwubatsi cy’i Londres akoresheje amafaranga […]

RIB yafunze umugore ukekwaho kwica umugabo amusutseho amazi ashyushye

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 26 Nzeri 2020 Urwego rw’igihugu ry’ubugenzacyaha rwatangaje ko rwataye muri yombi uwitwa Nyirahanyurwishaka Alphonsne wo mu murenge wa Kinyinya w’akarere ka Gasabo ukurikiranweho kwica umugabo we amusutseho amazi ashyushye. Mu Itangazo RIB yanyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter yavuze ko uyu Nyirahanyurwishaka Alphonsine akurikiranweho ibyaha byo gukomeretse bikabije byateye […]

Umukozi yasezeye ku murambo wa Nyirabuja awuterera Pompage (Video)

Bryant yari umutoza wa Ginsburg bamaranye igihe

Mu muhango wogusezera bwa nyuma ku mucamanza mukuru mu rukiko rw’ikirenga rwa Leta Zunze ubumwe za Amerika, Ruth Bader Ginsburg , umutoza we yatunguye benshi akora “Pushups” nk’ikimenyetso gikomeye cyo kumuha icyubahiro. Bryant Johnson wahoze mu gisirikare cya Amerika nyuma akaza gusezererwa, aho yahise atangira gukora nk’ushinzwe umutekano w’abantu ku giti cyabo, ngo yabaye umutoza […]

Alexis Mugisha na Mukakarangwa bemejwe nk’Abasenateri b’u Rwanda

Urukiko rw’ikirenga rwamaze kwemeza Mukakarangwa Clotilde wo mu ishyaka (PDC) na Alexis Mugisha wa Green Party nk’abasenateri bagomba guhagararira Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki n’amashyaka yemewe muri Sena y’u Rwanda Mukakarangwa Clotilde wo mu ishyaka riharanira Demokarasi ihuza abaturage, Parti Democrate Centriste (PDC) na Mugisha Alexis wo mu ishyaka riharanira Demokarasi n’ibidukikije, Democratic Green Party batowe […]

Ubujurire bwa Dr. Léon Mugesera bwateshejwe agaciro

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Nzeri 2020, Urukiko rw’Ubujurire rwashimangiye igihano cy’igifungo cya burundu cyahawe Dr LĂ©on Mugesera, nyuma yo gusanga ubujurire bwe nta shingiro bufite. Ingingo yatumye Dr. Leo Mugesera ajurira ivuga ku kuba Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamuhamije ibyaha, rwarumvise uruhande rw’abamushinja gusa rukabishingiraho rumuha igihano cyo gufungwa burundu Mu byaha […]

Alikiba yongeye kwibasira Diamond mu ndirimbo “Mediocre”

Umuhanzi Ali Saleh Kiba ukomoka muri Tanzania yongeye kwibasira Diamond Platnumz nyuma yo kwiyita umwami udasimburwa w’umuziki wa Tanzania mu ndirimbo “Mediocre”. Alikiba ni umuhanzi uhora ahanganye na Diamond Platinumz nawe ukunzwe cyane muri Tanzania. Aba bombi ntibavuga rumwe ndetse ntawemera ko ari munsi y’undi, Diamond yiyita Simba, Alikiba akiyita umwami ndetse n’abafana babo nabo […]

Shaddyboo yongeye kwibasirwa azira ubutumwa bw’ibasira abagabo

Ubutumwa bwa Shadia

Mbabazi Shadia wamenyekanye nka Shaddyboo yongeye kwibasirwa n’abamukirikira ku rubuga rwa Twitter biturutse ku butumwa yanyujijeho bugaragara nku bwibasira igitsina gabo muri rusange. Mu butumwa bwe, Shaddyboo yatangiye agaragaza ko umuco nyarwanda ari wo wagize uruhare mu busumbane hagati y’abakobwa n’abahungu biturutse ku kuba abahungu barahabwaga agaciro kurusha abakobwa. Ibi ngo bigashimangirwa n’ubutumwa bwatangwaga mu […]

Ibyamamare byashenguwe n’urupfu rwa Nuriat ufitanye isano na The Ben

Umuhanzi Uncle Austin ari mu bashenguwe n'urupfu rwa Nuriat

Ibyamamare binyuranye bikoresha urubuga rwa Instagram byashenguwe n’inkuru y’akabaro y’urupfu rwa Kabeho Nuriat rwamenyekanye mu ijoro ryo kuwa 24 Nzeri 2020 bitangajwe na The Ben. Kabeho Nuriat ubusanzwe ni mushiki wa Mugisha Benjamin(The Ben) uvuka kwa nyina wabo. Mu gutangaza inkuru y’urupfu rwa Nuriat The Ben yagize ati: “Nari ndi kuri Instagram nganiriza abafana n’umuryango […]

Vietnam hafatiwe udukingirizo 345,000 tugurishwa caguwa

Polisi yo mu murwa mukuru wa Vietnam ,Hanoi yafashe udukingirizo tugera ku 345000 twakoreshejwe dusubijwe ku isoko. Inkuru y’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ivuga ko Polisi yerekanye ibikapu bipima ibiro 360 byari bipakiwemo udukingirizo 345000 twakoreshejwe byari mu bubiko bwo mu gace ka Binh Duong kari mu murwa mukuru Hanoi. Ibinyamakuru binyuranye byo muri Vietnam byavuze […]

Koreya ya Ruguru yatwitse Umuyobozi wo mu y’Epfo ari muzima

Minisiteri y’Ingabo muri Koreya y’Epfo yamaganye igikorwa yise icya kinyamaswa cyakozwe n’ingabo za Koreya ya Ruguru cyo gutwika umuyobozi w’abarobyi hafi y’umupaka w’ibihugu byombi. Umunyamakuru wa BBC mu murwa mukuru wa Koreya y’Epfo (Seoul), Laura Becker yatangaje ko uyu mugabo wishwe ari umuyobozi w’abarobyi bo mu gace ka Yeonpyeong ufite imyaka 44 y’amavuko. Amakuru atangwa […]

Umugore ubana n’abagabo 2 arashishikariza abandi kumukurikiza

Umunyanigeriyakazi, Brisbane akomeje kwerekana uburyohe ahura nabwo mu rukundo nyuma yo gushaka abagabo 2 b’ibigango babana mu nzu imwe. Mu butumwa uyu mugore akomeje kunyuza ku rubuga rwa Twitter, akangurira abandi bagore gushaka abagabo barenze umwe cyane ko we wababimburiye asanga ntako bisa kubana n’abagabo 2 bose uzi neza ko ari abawe. Yagize ati: ” […]

PDC na Green Party bateye intambwe iberekeza muri Sena y’u Rwanda

Amajwi y'abatoye uko ateye

Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki n’amashyaka yemewe mu gihugu rimaze gutora abasenateri basimbura abo ryatanze barangije manda. Abamaze gutorwa ni Mukakarangwa Clotilde wo mu ishyaka riharanira Demokarasi ihuza abaturage, Parti Democrate Centriste (PDC) na Mugisha Alexis wo mu ishyaka riharanira Demokarasi n’ibidukikije, Democratic Green Party. Aba batorewe gusimbura Senateri Mukakarisa Jeanne d’Arc na Uyisenga Charles biteganijwe […]

Izindi mpunzi 511 z’Abarundi zabaga i Mahama zafashijwe gutaha

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Nzeri 2020 ni bwo icyiciro cya gatatu kigizwe n’impunzi 511 z’Abarundi cyafashijwe gutaha. Ni impunzi zigizwe n’abana, abagore n’abagabo zari zimaze imyaka igera kuri 5 ziba mu nkambi ya Mahama mu burasirazuba bw’u Rwanda. Izi mpunze yaje mu Rwanda zihunze imvururu zakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu […]

Gicumbi: RIB yafunze umugabo ukekwaho gusambanya umukobwa we

Mu Murenge wa Rutare w’akarere ka Gicumbi, RIB ihafungiye umugabo w’imyaka 44 ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana we w’umukobwa ufite imyaka 15. Inkuru ya Igihe ivuga ko uyu mugabo ukekwa gusambanya umwana we, ngo ashobora kuba yarabikoze umugre we yagiye kwa muganga kurwaza mugenzi we. Tariki ya 22 Nzeri 2020 ni bwo inkuru yasakaye, ubwo […]

U Rwanda mu bihugu 4 buri mubyeyi wese yakwifuza kubyariramo

Raporo ikorwa n’umushinga Bill and Melinda Gates Foundation iheruka kujya ahagaragara yagaragaje ibihugu by’u Rwanda, Senegal, Ethiopia na Liberia nka bimwe mu bihugu 9 biha umutekano ubuzima bw’umubyeyi n’umwana muri Afurika Ubwo yasabwaga kugira icyo atangaza kuri Raporo yashizwe ahagaragara n’umuryango yitiriwe, Bill Gates usanzwe afite ikigo gikomeye mu ikoranabuhanga, Microsoft, yavuze ko hari ibihugu […]

U Rwanda rwabuze uruhagararira muri Miss Earth iri kuba hifashishijwe ikoranabuhanga

Miss Igisabo wahagarariye u Rwanda 2017

U Rwanda ntirufite uruhagararira muri ishurashanwa ry’ubwiza, Miss Earth 2020 ririmo kuba ku nshuro yaryo ya 20 hihashishijwe ikoranabuhanga kubera icyorezo Covid-19. Miss Earth ni rimwe mu marushanwa y’ubwiza akomeye ku Isi rikaba rifite intego yo gukora ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije. Muri uyu mwaka wa 2020 ririmo kuba ku nshuro ya 20. Mu bihe byashize […]

Ntibisanzwe! Yivuganye umugore we amuziza kumwima ubugari

Polisi ikorera mu gace ka Navakholo muri Kenya, yatangaje ko yataye muri yombi Joseph Boyi, umugabo ukurikiranweho kwica umugore we amuziza kumwima ubugari. Inkuru ya The Standard ivuga ko Joseph Boyi, w’imyaka 44 y’amavuko ukurikiranweho kwica umugore we Florence Nakonjio nyuma yo kumusaba ibiryo ntabimuhe. Sharon Margarita, umukobwa mukuru wo muri uyu muryango yabwiye itangazamakuru […]

Desalegn wabaye Minisiriri w’Intebe wa Ethiopia yagaragaje ibihe byiza yagiriye muri Nyungwe

Desalegn n'itsinda ryamuherekeje kuri Canopy Walk muri Nyungwe

Hailemariam Desalegn wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yagaragaje imbamutima nyuma yo gutembera u Rwanda no gusura Pariki y’igihugu ya Nyungwe. Mu butumwa bw’imbamutima yasangije abamukurikira ku rubuga rwe rwa Twitter, Desalegn yagaragaje ko yishimiye gusura u Rwanda by’umwihariko , ngo yanyuzwe no kugenda ku kiraro cyakataraboneka (Canopy Walk) giherereye muri Pariki ya Nyungwe . Yagize […]

Gutunga abagore barenze umwe byasaba guhindura Itegekonshinga:Depite Mukabagwiza

Umuyobozi wungirije w’inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite ushinzwe amategeko , Hon.Mukabagwiza Edda yasubije abagabo bifuza kugira abagore benshi ko bitemewe n’amategeko y’u Rwanda. Mu minsi ishize hagiye humvikana abagabo bo mu bice binyuranye by’igihugu bavuga ko haramutse hatowe itegeko ryemera gutunga abagore benshi ku mugabo umwe, bose bayoboka iyo gushaka abandi bagore. Mu mpamvu batangaga, […]

Umugabo yatemye inda y’umugore we ashaka kumenya igitsina cy’umwana atwite

Polisi yo muri Leta ya Uttar Pradesh mu gihugu cy’u Buhinde yatangaje ko yakiriye ikirego cy’umugore utwite watemwe ku nda n’umugabo we bikaviramo umwana w’umuhungu yari atwite gupfa. Inkuru dukesha BBC ivuga ko umuryango w’uwo mugore watemwe uvuga ko uwo mugabo yakoze urwo rugomo ashaka kumenya igitsina cy’umwana uzavuka. Ikomeza ivuga ko uyu mugore n’umugabo […]

HRW nyuma yo gusura Rusesabagina yatangaje ko aho afungiye afashwe neza

Umuryango uharanira uburenganzira bwa Muntu (Human Rights Watch) ishami ry’u Rwanda watangaje ko ku wa 16 Nzeri 2020 wasuye Rusesabagina baraganira, awubwira ko yishimiye uko afashwe muri Gereza afungiyemo. Mu itangazo Human Rights Watch yashyize ahagaragara, rivuga ko ku wa 16 Nzeri ari bwo abakozi b’uyu muryango basuye Paul Rusesabagina aho afungiye bakagirana ibiganiro mu […]

Agathon Rwasa aratabariza abayoboke ba CNL bakomeje gufungwa bitiranwa n’abarwanyi ba RED Tabara

Umuyobozi w’ishyaka ritavugarumwe n’ubutegetsi mu Burundi CongrĂšs National pour la LibĂ©ration (CNL), Agathon Rwasa aratabariza abayoboke be bakomeje gutabwa muri yombi na Guverinoma ibashinja gukorana n’imitwe ihungabanya umutekano w’igihugu. Mu kiganiro Agathon Rwasa yagiranye na BBC, yavuze ko abayoboke ba CNL ntaho bahuriye n’ibitero bikomeje kugabwa ku gihugu cy’u Burundi, ari naho ahera avuga ko […]

Paruwasi Gatolika ya Rwamagana yizihije isabukuru y’imyaka 101

pawuwa1.jpg

Paruwasi Gatolika ya Rwamagana yashinzwe mu mwaka 1919, ishingwa na Musenyeri Jean Joseph Hirth wayoboraga Vicariya ya Kivu. Iyi Paruwasi yatangiye ari Misiyoni, ni imwe mu zashinzwe mbere kuko yashinzwe nyuma y’imyaka 19 gusa ivugabutumwa rigeze mu Rwanda Intego ya paruwasi nyuma y’umwaka hizihijwe yubile y’imyaka 101 ni ukwibanda ku kwegera imiryango, bakigishwa ubumwe, urukundo, […]

Amafoto y’umugore wubatse umubiri akomeje gutera benshi ubwoba(Amafoto)

Uburyo Oksana agaragara byatumye bamwita Monster

Amafoto y’Umurusiyakazi, Oksana Piari akomeje kuvugisha abakoresha imbuga nkoranyambaga zitandukanye kubera imiterere ya kigabo n’ibizigira bidasanzwe bimuranga. Aganira na Daily Mail Oksana Piari kuri ubu ufite imyaka 38 y’amavuko yavuze ko abantu benshi usanga bamutinya kubera uko agaragara nk’abagabo, ndetse abagore bagenzi be ngo ntibamwiyumvamo. Gusa avuga ko we ntacyo bimutwaye ko yishimana n’umuryango we. […]

Umugeni yavuye mu bukwe ariruka, ababutashye bamwirukaho n’imodoka(Amashusho)

umugeni yatunguranye yiruka ku muhanda

Ku mbuga nkoranyambaga hamaze igihe hacicikana amashusho y’umugeni wavuye aho ubukwe bwe bwaberaga yiruka cyane ku muhanda abamutahiye ubukwe bamwoma inyuma bagerageza kumugarura. Ibinyamakuru binyuranye byandikirwa muri Nigeria bivuga ko uyu mugeni yirutse avuga amagambo ngo: ”Ngiye Kubivuga”. Ibi byatumye abantu benshi bibaza niba ibyo yashakaga kuvuga ari byo byamukuye mu bukwe bwe ikitaraganya agafata […]

Uganda: Imfungwa zacitse gereza y’i Moroto ngo zahungaga Covid-19 ivuza ubuhuha muri gereza

Imfungwa zacitse gereza y’i Moroto muri Uganda zatangaje ko Covid-19 ivuza ubuhuha muri iyi gereza iri mu mpamvu zaziteye gupanga kuyicika igitaraganya. Daily Monitor yatangaje ko itsinda rihuriwemo n’abacungagereza, ingabo na polisi ryashinzwe guhiga imfungwa 219 zacitse gereza y’i Moroto muri Uganda ryatangaje ko ryongeye kurasa izindi mfungwa 2 mu zacitse. Zimwe mu mfungwa zagaruwe […]

Abanyamategeko bavuga ko kwereka ukekwaho ibyaha itangazamakuru ari kumwambura uburenganzira

Abanyamategeko bo mu Rwanda bemeje ko iyo ukekwaho ibyaha yeretswe itangazamakuru byongera igitutu ku butabera , bikanambura ukekwa bumwe mu burenganzira ahabwa n’amategeko. Ni kenshi urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda( RIB) rutumira itangazamakuru rukabereka abantu runaka baba bakekwaho gukora ibyaha. Hari abahabwa umwanya bakavugana na ryo ariko hari n’abatemererwa kurivugisha gusa hari abahabwa uyu mwanya bakagaragaza […]

Amateka y’umuhanga Galileo wahanganye na Kiliziya kakahava

Tariki ya 15 Gashyantare mu 1564 nibwo Galileo di Vincenzo Bonaiuti de’ Galilei yavutse, avukira i Pisa mu Butaliyani. Se Vicenzo yari umunyamuziki naho nyina Giulia Ammannati yavukaga mu muryango w’umuherwe Iacopo Ammannati wari umunyamabanga wa Papa Pius II. Galileo Galilei yamenyekanye cyane kubera ubuvumbuzi yagiye ageraho mu bijyanye n’imibare, Ubugenge n’ubumenyi bw’ikirere. Ubwo yari […]

Perezida Ndashimiye yasabye Magufuli kumubera umubyeyi wa Batisimu muri Politiki

Mu ruzinduko rwa Mbere Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiriye mu gihugu cya Tanzania, yasabye mugenzi we wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli kumurera neza mu murimo wa Politiki yinjiyemo vuba. Inkuru y’ikinyamakuru Bongo 5 cyandikirwa muri Tanzania ivuga ko ubwo Perezida w’u Burundi yahitagamo gukorera uruzinduko rwa mbere hanze y’igihugu agahitamo Tanzania, ari ikimenyetso […]

Iherezo ry’umwana w’imyaka icyenda washyingiranwe n’umukecuru w’imyaka 62 ni irihe?

20200917070159_28504507_8483091096574140975_480_337_80_webp.jpg

Mu mwaka 2014 isi yose yahururiye kureba ubukwe bw’agatangaza bwa Hellen Shabangu w’imyaka 62 na Sanele Masilela w’imyaka 9 bashyingiwe nk’umugore n’umugabo mu gihugu cya Afurika Yepfo. Abantu benshi bakomeje kwibaza icyaba kihishe inyuma y’ubu bukwe bw’aba bageni bahabanye cyane mu myaka. Ku wa Kane nibwo ikinyamakuru Phoenix cyabasuye bagitangariza uko ubuzima bwabo buhagaze nyuma […]

U Rwanda ntirugaragara mu bihugu bibonera abana babyo ibyibanze Nkenerwa

Urutonde rw'ibuhugu 38 byita ku bana babyo kurusha ibindi ku si

U Rwanda ntirwagaragaye ku rutonde rw’ibihugu 38 by’isi bibonera abana bayo ibikenerwa byibanze mu buzima bw’umwana rukorwa na World Economic Forum. Ni urutonde rukorwa na World Economic Forum. Ibyibanze bishingirwaho hakorwa uru rutonde, harimo uburyo umwana yitabwaho mu myigire (mu bumenyi bwo mu ishuuri n’ubumenyi rusange), uburyo yitabwaho mu mikurure (Mu gihagararo no mu bwenge). […]

Facebook igiye gushinga ikindi cyicaro muri Afurika

Ubuyobozi bw’Urubuga rwa Facebook bwatangaje ko bugiye gufungura ikindi cyicaro cyayo ku mugabane wa Afurika, kizaba giherereye i Lagos Muri Negeria. Iki cyicaro nigifungurwa kizaba kibaye icya kabiri Facebook igize ku mugabane wa Afurika, nyuma y’icyo ifite i Johannesburg muri Afurika y’Epfo cyafunguwe mu 2015. Facebook kandi yatangaje ko iryo shami ryo muri Nigeria ari […]

Umunyamakuru Phocas Ndayizera na bagenzi 13 basabiwe gufungwa burundu

Mu rubanza ruregamo umunyamakuru Phocas Nadayizera na bagenzi be 13, ubushinjacyaha bwabasabiiye gufungwa burundu kuko ngo ibyaha baregwa ari indengakamere. Kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Nzeri 2020 I Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda nibwo Phocas Ndayizera na bagenzi be uko ari 13 baregwa ibyaha byo gucura umugambi mu gukora iterabwoba bakoresheje ibintu biturika, ku […]

Imbere y’Abadepite, BDF yashinje Umugenzuzi w’Imari ya Leta kubogama

Ubwo Ikigega BDF cyitabaga Komisiyo y’Inteko ishinga amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu (PAC), cyananiwe gutanga ibisobanuro ku makosa yagaragajwe ko giha inguzanyo abishoboye ahubwo kivuga ko Raporo y’umugenzuzi w’imari ya Leta irimo kubogama. Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2018-2019 igaragaza ko muri miliyari enye na miliyoni zisaga magana arindwi BDF yishingira […]

PAM yasabye abatunze za miliyari kugoboka abakomeje kwibasirwa n’inzara

Umuyobozi w’ishami rya ONU rishinzwe ibiribwa ku Isi (PAM), David Beasley ku munsi w’ejo yasabye abaherwe kugira umutima utabara abantu miliyoni 30 avuga ko bashobora kwicwa n’inzara mu gihe badahawe inkunga y’ibiribwa. Beasley yabwiye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ko ku isi abantu miliyoni 270 bugarijwe n’inzara kandi PAM yizeye kugera kuri miliyoni 138 muri uyu […]

Kanye West yashenguye abamubonye yihagarika ku gikombe cya Grammy yahawe

Kanye West yihagaritse kuri Grammy Awards

Umuraperi Kanye Omari West uzwi nka Kanye West, yababaje abakunzi be ubwo yashiraga hanze amashusho yihagarika ku gikombe yatwaye muri Grammy Awards. Mu mashusho ari ku rukuta rwe rwa Twitter, Kanye West agaragara yashyize iki gikombe mu bwiherero agihagaze hejuru yihagarika. Mu magambo yaherekeje ayo mashusho Kanye West yarahiye avuga ko atazigera arekera. Yagize ati: […]

Dr. Habineza akomeje gusaba ubutabera gukurikirana uwamwise ‘ingagi’

Umuyobozi w’ishyaka Green Party akaba n’umudepite mu nteko ishingamategeko y’u Rwanda, Dr. Frank Habineza yavuze ko kugeza ubu atarahabwa ubutabera ku munyarwandakazi wamwise “Ingagi”. Mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV, Dr. Frank Habineza yasobanuye ko ubwo yabwirwaga ko ari ingagi, yitabaje urwego rw’iperereza, CID kugira ngo ahabwe ubutabera ku muntu wamututse, kugeza bwo iki kigo […]

Abagore 150,000 mu Rwanda ni bo bamaze kwemererwa gukuramo inda

Imibare itangazwa n’imiryango yigenga, ivuga ko mu Rwanda kuva hatorwa itegeko ryemerera abagore n’abakobwa gukuramo inda, kuri ubu abarenga 150,000 ni bo bamaze kubyemerwa n’itegeko. Itegeko ryo gukuramo inda ryatowe bwa mbere mu Rwanda mu mwaka w’2012 rivugururwa mu 2018, gusa bimaze kugaragara ko hari itandukaniro mu mibare. Mbere y’2018 abari bamaze gukuramo inda byemewe […]

Ibirwa bya Barbados byapanze guhirika umwamikazi Elizabeth ku butegetsi

Guverinoma ya Barbados yatangaje ko ifite umugambi wo gukura Umwamikazi Elizabeth II Uyiyobora ku rwego rw’ikirenga ikimika Repubulika yigenga. Guverinoma y’ibi birwa byo muri Karayibe yavuze ko igihe kigeze ngo isige inyuma ubukoloni n’igisa nabwo cyose bitarenze ku munsi w’ubwigenge bwo mu Ugushyingo 2021. Mu ijambo ryavuzwe na Minisitiri w’Intebe, Mia Mottley, yavuze ko igihe […]

HEC yasabwe gusobanura iby’abanyeshuri 16 ba baringa bahawe buruse

Kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Nzeri 2020 nibwo Inama y’Igihugu y’amashuri makuru na za Kaminuza HEC yitabye Komisiyo y’imari n’umutungo wa Leta mu nteko ishinga amategeko (PAC) kugirango yisobanure ku makosa yagaragajwe n’umugenzuzi mu micungire y’umutungo . PAC yagaragaje ko hari ibintu bitumvikana mu mitangire ya buruse nk’aho byavugwaga ko bahaye abanyeshuri ba baringa […]

Nyuma yo gushaka kwiyahura, Miss Vanessa yongeye kugaragarizwa urukundo n’uwari umukunzi we

Miss Vanessa wagerageje kwiyahura mu minsi ishize

Nyuma yo kugerageza kwiyahura agakizwa n’muvandime we, Miss Uwase Vanessa Raissa biravugwako ashobora kongera gusuburirana n’umunyemari Putin Kubalu wari umuteye kwiyambura ubuzima. Nyuma y’igihe kitari gito bari bamaze ntawe usangiza abamukurikira ifoto y’umukunzi we, kuri ubu Putin Kubalu yongeye gushyira hanze ifoto ya Vanessa iherekejwe n’amagambo amushimagiza aho amugereranya n’umwamikazi we. Uyu munyemari ukomoka muri […]

Nta Mututsi wakijijwe n’Imana muri Jenoside kimwe n’uko nta Muhutu wohejwe na Satani_Tom Ndahiro

Umwanditsi akaba n’umushakashatsi kuri Jenoside, Tom Ndahiro yanenze abavuga ko Abatutsi bakijijwe n’Imana muri Jenoside mu 1994 kandi bazi neza ko bakijijwe n’Inkotanyi. Anavuga ko kwemera Imana y’Abayahudi ari Umunyarwanda byagabanya Ubunyarwanda bumurimo. Mu kiganiro Tom Ndahiro yagiranye na Popote TV, yahamije ko we atemera Imana, aho avuga ko n’abemera Imana y’Abayahudi ari Abanyarwanda baba […]

Pasiteri Zigirinshuti ntashyigikiye abaka abakirisitu amaturo muri ibi bihe

Umushumba mu itorero ADEPR, Michel Zigirinshuti asanga bidakwiye ko abayobozi b’amadini n’amatotero baka abayoboke babo amaturo muri ibi bihe, mu gihe bo usanga ntacyo bigeze babamarira; ababikora ngo basa n’abakama inka bataragiye. Mu kiganiro Pasiteri Zigirinshuti yagiranye na Bwiza TV, yavuze ku myitwarire ikwiriye kuranga umushumba w’intama nyawe mu bihe bigoye, aho yavuze ko umushumba […]