Politiki y’amakoperative yo mu 2006 igaragaza ko imaze igihe kandi hari ibikwiye kuvugururwa – Sacco

Politiki y’amakoperative yashyizweho mu mwaka wa 2006, igaragaza ko imaze igihe kandi hakaba hari ibikwiye kuvugururwa kugira ngo ijyane n’igihe mu rwego rwo kunoza imikorere y’amakoperative mu Rwanda nk’uko byagaragarijwe mu nama nyunguranabitekerezo kuri politiki n’itegeko by’amakoperative. Ni inama yateraniye ku cyicaro cy’Intara y’Iburengerazuba i Karongi, mu mpera z’ukwezi gushize yari iyobowe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara, […]

RDC: FARDC na MONUSCO biri gutegura igitero karundura cyo kwihorera

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, kiravuga ko gifatanyije na Monusco kigiye gutangiza ibikorwa bya gisirikare byo kwihorera nyuma y’igitero cyo kuri uyu wa kane ushize, itariki 07 Ukuboza cyahitanye abasirikare batanu ndetse n’ab’Umuryango w’Abibumbye bakomoka muri Tanzania basaga 15. “ Muri aka kanya mbavugisha turimo guhuza imbaraga zacu, FARDC na Monusco kugirango […]

Minisitiri w’Intebe yasoje Ihuriro ry’Urubyiruko Gatolika arwibutsa ko ari rwo mizero ya none n’ejo hazaza

Mu Rwanda abari mu nsi y’imyaka 30 barenga 65%. Nibo rero barusha ibindi byiciro by’Abanyarwanda imbaraga n’ubushobozi bwo kwiga vuba ubumenyi buzadufasha kugira umwanya mu ruhando rw’ibihugu bifite ubukungu bushingiye ku bumenyi (Knowledge-based Economy). Ibi ni ibyatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, kuri iki Cyumweru, itariki 10 Ukuboza 2017 ubwo yari mu Karere ka […]

Uganda: Umunyarwanda Rutagungira yitabaje Gen Muhoozi mu rubanza rwe

Umunyarwanda, Rene Rutagungira, umwe mu bantu 9 barimo abapolisi bakuru ba Uganda bakurikiranweho icyaha cyo gushimuta Abanyarwanda babiri imbere y’Urukiko rwa Gisirikare rwa Makindye muri Kampala, yasabye ko umugaba mukuru w’ingabo za UPDF, Gen. Muhoozi, yagira icyo akora ku burenganzira bwe avuga ko bwakomeje guhonyorwa kuva yatabwa muri yombi. Mu ibaruwa yo kuwa 07 Ukuboza […]

Musanze: Abanyamakusanyirizo bashinja abamamyi, abahinzi bashima abamamyi, Polisi igafunga umunyakusanyirizo

Umunyarwanda ati, “Urucira umumamyi rugatwara umunyamakusanyirizo”, ikibazo cy’abahinzi b’ibirayi n’abanyamakusanyirizo kimaze iminsi, ariko ni nk’aho kitavugwaga uko kiri, kuko abanyamakusanyirizo babwiraga inzego za Leta ko ikibazo gihari ari icy’abamamyi. Urugize kera ruhinyuza intwari rero, ukuri kurashyize kurameneyekana, Serushago atawe muri yombi, mugenzi we Bariyanga Sylvestre nawe aho ari ntatekanye. Byaravuzwe mu bitangazamakuru kenshi, ariko ubu […]

Umutoza JosĂ© Mourinho yishimiye Lukaku n’ubwo muri iyi minsi atarimo gutsinda

Umutoza JosĂ© Mourinho avuga ko rutahizamu w’ikipe ya Man.Utd atoza, Romelu Menama Lukaku amwishimiye kabone n’ubwo hari abakomeje kuvuga ko muri iyi minsi atarimo gutsindira ikipe. Uyu musore w’imyaka 24 y’amavuko, yari amaze gukina imikino ine (FC BĂ Âąle, Brighton, Watford, Arsenal) adatsindamo igitego ariko aza kukibona ku mu kino wa gatanu ubwo Man Utd yakinaga […]

Abapasiteri babiri basezeranye kubana akaramata bahuje ibitsina

Abapasiteri Twanna Gause na Vanessa Brown basezeranye imbere y’Imana kubana akaramata bahuje ibitsina mu rusengero ry’Ababatisita “New Vision Full Gospel Baptist Church” ruherereye mu Burasirazuba bwa Orange, mu mujyi wa New Jersey wo muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Imbere y’imbaga y’abakirisito, umwe muri aba bagore yari yambaye ivara undi yambaye ikanzu y’ibirori ariko ya […]

Kutagenzura uko intwaro zinjira ngo nibyo bitera umutekano mucye mu Karere

Ikibazo cyo kutitondera igenzurwa ry’ uburyo intwaro zikomeza kwinjira no gukwirakwizwa mu bihugu mu buryo butazwi bitera umutekano mucye mu Karere. Ibi ni ibyavugiwe i Kigali, mu nama ya 45 ya komite ya Loni yiga ku bibazo by’ umutekano muri Afurika yo Hagati (UNSAC) isanzwe iba kabiri mu mwaka. Muri iyi nama yitabiriwe n’ inzobere […]

Uganda: Umuhungu wa Rujugiro arindiwe umutekano mu buryo bukomeye

Umuhungu w’umunyemari Ayabatwa Tribert Rujugiro witwa Richard Rujugiro arindwa ku buryo bukomeye by’umwihariko iyo yasuye uruganda rw’itabi rwa se ruherereye ahitwa Arua. Nk’uko ikinyamakuru The Standard dukesha iyi nkuru kibitangaza, ngo uyu muhungu wa Rujugiro ndetse na mubyara wa se witwa Claude Ndatinya, ngo barindiwe umutekano aho bari muri Hoteli y’umuturirwa iherereye mu Majayaruguru ya […]

Burundi: Opozisiyo isanga Perezida Nkurunziza agiye gukoresha Kamarampaka y’ igitugu

Mu gihe Leta ya Perezida Pierre Nkurunziza ibicishije muri Minisiteri y’ Umutekano w’ igihugu, itangaza ko igiye gutangiza ibikorwa byo gutegura Kamarampaka, Opozisiyo ya politiki mu Burundi isanga CNDD-FDD iri ku butegetsi itubahiriza uburenganzira bwa muntu. Abatavuga rumwe na Leta ya Petero Nkurunziza batangiye kuvuga ko iyi gahunda yo gutegura Kamarampaka ari ikimenyetso simusiga cyerekana […]

Dore ibimenyetso by'ingenzi biranga umuntu utishimiye umukunzi we

Ni kenshi abantu batandukanye usanga binubira abo bahisemo kubana ubuzima bwabo bwose bitewe n’uko wenda batabakorera ibyo bashaka cyangwa bakwiye mu rukundo bigatuma bumva batabishimiye na gato . [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu munsi bwiza.com yagerageje gukusanya bimwe mubyingenzi byakwereka ko umukunzi wawe yakurambiwe mbega ko atishimiye urukundo rwanyu: 1. Umugore utishimiye urushako, ntajya ahangayikishwa n’ikibazo icyo […]

Ruhango: Batewe ipfunwe no kwitwa ba Bihemu, none barashaka ko iryo zina riba umugani

Urubyiruko rwize iby’ikoranabuhanga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Ruhango, baravuga ko nyuma yo kurangiza amasomo yabo bakajya kwihangira imirimo basanze mu bo bashinzwe guha serivisi [aribo baturage] babita ba Bihemu, kubera ubunyangamugayo buke bwakunze kubaranga. Gusa ibi ngo biteguye kubikosora. Abanyeshuri basaga 300 bize iby’ikoranabuhanga mu gusana no gutunganya ibikoresho bya Electronic, nibo baherutse guhabwa […]

Ese Col. Bagosora yaba yarishe Habyarimana ngo abone uko asoza umugambi we w’ Imperuka?

Mu gihe Umuryango w’Abibumbye wise jenoside, ubwicanyi ndengakamere bwa mbere mu kinyejana cya 20 , Col. Bagosora nk’ umusirikare ukomeye kandi w’ umunyamwuga yayise ”Imperuka” cyangwa se Apocalypse mu rurimi rw’ igifaransa bisobanura iherezo, aha akaba ariho abasesenguzi bahera bavuga ko yaba yarikijije Perezida Habyarimana ngo abone uko asoza iyi mperuka. Isesengura ryagiye rikorwa n’ […]

Buruseli : Umuhanzi Degaulle wo muri Orchestre Ingeli yateguye igitaramo cya Yubile

Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru ye 50 y’ amavuko, umuhanzi w’ umunyarwanda Ismail Ufiteyezu umenyerewe ku izina rya Marechal Degaulle umaze imyaka akorera ku mugabane w’ I Burayi yateguye igitaramo cya muzika. Iki gitaramo cy’ imbaturamugabo, Marechal Degaulle yise « Jubilee Concert » kizabera mu Bubiligi mu murwa mukuru w’ iki gihugu I Brussels. Iki […]

Rwamagana: Guhishira n’uburangare bw’ababyeyi nibyo ntandaro y’inda ziterwa abana

Abaturage bo mu karere ka Rwamagana bavuga ko uburangare bw’ababyeyi batita ku burere bw’abana babo ndetse no guhishira ababahohotera, ari byo bitiza umurindi iri hohotera rishingiye ku gitsina rikorerwa abana b’abakobwa. Bavuga ko abana b’abakobwa baterwa inda bakiri bato bigatuma bacikisha amashuri ,ariko uburangare bwa bamwe mu babyeyi no kutita ku bana babo no gukurikirana […]

RDC: Impunzi z’Abarundi zanze kwibaruza mu buryo bugezweho kubera imyemerere

Impunzi z’abarundi zisaga 2.100 zicumbikiwe mu Nkambi ya Kamanyola muri Teritwari ya Walungu, ho muri Kivu y’Amajyepfo zanze kwibaruza hakoreshejwe uburyo bugezweho ( enregistrement biomĂ©trique ) butuma ababashinzwe babasha kumenya aho baherereye mu rwego rwo gutuma bagezwaho imfashanyo mu buryo bworoshye. Ibi ngo izi mpunzi zikaba zibiterwa n’imyemerere yazo. Nk’uko byatangajwe na bwana Augustin Bulimuntu, […]

I Buruseli :Umuhanzi Degaulle wo muri Orchestre Ingeli yateguye igitaramo cya Yubile

Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru ye y’imyaka 50 y’ amavuko, umuhanzi w’ umunyarwanda Ismail Ufiteyezu umenyerewe ku izina rya Marechal Degaulle umaze imyaka akorera ku mugabane w’ I Burayi yateguye igitaramo cya muzika. Iki gitaramo cy’ imbaturamugabo, Marechal Degaulle yise « Jubilee Concert » kizabera mu Bubiligi mu murwa mukuru w’ iki gihugu I Brussels. […]

Umugabo yirukanye umugore we ahitamo kwibanira na nyirabukwe

Umugabo witwa Mahto Suraj w’imyaka 22 y’amavuko, akomoka mu gihugu cy’u Buhinde. Aherutse kwandika amateka yo gutandukana n’uwo bari bamaze igihe gito bashakanye witwa Latila w’imyaka 19 agahitamo gushakana na nyirabukwe, Asha Devi w’imyaka 49 nyuma yo kumubengukwa. Uyu mugabo Mahto avuga ko nyuma yo gushakana na Latila, yakomeje kujya abona nyirabukwe aba mwiza uko […]

Igitekerezo: Niba gusebanya bibaye icyaha, nibaagure amagereza

Mu itegeko rikiganirwaho ryerekeye guhana ibyaha mu Rwanda, harimo ingingo zivuga ko gusebanya ari icyaha, ndetse hateganijwemo n’ibihano birimo n’igifungo. Abanyamakuru nibo babaye aba mbere mu kwamagana izi ngingo ariko si bo bonyine zireba. N’ubwo nta tegeko rireba ibyabaye mbere y’uko ritangazwa (principe de non retrospection), icyaha cyo gusebanya kimaze kugaragara ku bantu benshi harimo […]

Burundi : Imbonerakure ziherutse kwica umuyobozi mu Kirundo zamenyekanye

Imbonerakure 3 zikekwaho kwica Serges Barutwanayo wahoze ari mu bayobozi bakuru mu Ntara ya Kirundo zamenyekanye. Aba basore batatu bakekwaho kwica uyu Serge Barutwanayo basanzwe babarizwa mu Rugaga rw’ Urubyiruko rwa CNDD-FDD(Imbonerakure) zifatwa nk’ umutwe w’ abicanyi n’ imiryango mpuzamahanga ndetse na Loni. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ku mugoroba wo kuwa 28 Ugushyingo 2017, Serges Barutwanayo yavuye […]

Uvira: Imirwano hagati y’Abanyamulenge n’Abafuliiru imaze kugwamo batanu

Abantu batanu nibo bamaze kugwa mu mirwano ihuza, kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru, inyeshyamba zitwaje ibirwanisho zo mu bwoko bw’Abanyamulenge zihanganye n’inyeshyamba zo mu bwoko bw’Abafuliiru bafatanyije n’Abanyindu b’ahitwa Bijombo mu misozi miremire yo muri Teritwari ya Uvira ho muri Kivu y’Amajyepfo. Amakuru aturuka aha hantu agera kuri Radio Okapi, aravuga ko iyo mirwano imaze […]

Kamembe: Ukekwaho gutwikisha umwana shampoma y'imodoka yagejejwe imbere y'urukiko

Kuri uyu Kane, italiki 07 Ukuboza 2017, Ubushinjacyaha ku Rwego Rw’Ibanze rwa Kamembe bwagejeje imbere y’Urukiko umushoferi witwa NGABONZIZA Jean Claude kugira ngo hasuzumwe iby’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, ku cyaha acyekwaho cyo gutwikisha umwana shampoma y’imodoka ku bw’amahirwe uyu mwana ntapfe. Ngabonziza akekwaho kuba yaratwitse uyu mwana ku wa 09 Ugushyingo 2017, saa munani z’amanywa, ari […]

Ifoto y’umwana w’umuzungu wanze guhagarara imbere y’umukinnyi w’umwirabura mu kibuga ikomeje kuvugisha benshi

Mu ntangiriro z’uyu mwaka dusoza, nibwo ikipe y’igihugu cy’u Butaliyani ya As Roma yahuye n’ikipe ya Torino. Byari bimenyerewe ko mbere y’uko umukino utangira, abakinnyi biyerekana mu kibuga, akenshi bari kumwe n’abana bato imbere yabo, ni muri urwo rwego uyu mukinnyi yasigaye ahagaze wenyine mu gihe umwana wagombaga kumuhagarara imbere yagiye kubyiga mugenzi we bahuje […]

Uganda: Minisitiri Tumwebaze yibasiye Ambasaderi wa Amerika amusaba kubanza kwita ku by’iwabo

Minisitiri w’itangazamakuru wa Uganda, Frank Tumwebaze, kuri uyu wa Kane yabyutse yibasira Ambasadaeri wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika , Deborah Malac, uherutse guhamagarira guverinoma y’iki gihugu kureka kubangamira itangazamakuru. Kuwa Gatatu ushize nibwo Ambasaderi Malac yasabye abafatanyabikorwa n’abakurikirana itangazamakuru rya Uganda gufatanya mu bikorwa byo guharanira itangazamakuru ryisanzuye muri Uganda. Ibi akaba yarabisabye ubwo […]

Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila

Loni irasaba ko hakorwa iperereza nyaryo nyuma yaho Umuryango Uharanira Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu “Human Rights Watch” ushyize mu majwi Leta ya Joseph Kabila gukoresha bamwe mu barwanyi ba M23 kugirango agume ku butegetsi mu Ukuboza 2016. Umuvugizi wa Monusco, Charles Bambara avuga ko Perezida wa Congo-Kinshasa, Joseph Kabila ashobora kuba yarakoresheje aba barwanyi ba M23 nk’ […]

Dr Mutimura yinjiye muri MINEDUC asangamo uruhuri rw'ibibazo byabaye umuranzi

Minisiteri y’uburezi ibaye iramutswa mu mazina y’abamaze kuyibora ubu yaba irusha amazina inkanda. Nyuma ya Prof Malimba wari uwa 13 mu kuyobora Minisiteri y’Uburezi, ubu hagezweho uwa 14 ariwe Dr Mutimura Eugene. Ibibazo muri iyi minisiteri byabaye ingamburuzabahizi, ku buryo n’ugezemo wese atanarangiza n’ibyo ahasanze, ahubwo hakavuka ibindi. Ifungwa n’ifungurwa rya za kaminuza rya hato […]

Umupasiteri yateje impaka nyuma yo kugaragara agaragiwe n’abarinzi no mu rusengero

Umuvugabutumwa muri Nigeria witwa Johnson Suleman yateje abaturage gucika ururondogoro nyuma yo kugaragara ashagawe n’abarinzi bambaye imyenda y’akazi ndetse bamwe muri bo bitwaje intwaro. Uyu mupasiteri wibasiwe cyane ku mbuga nkoranyambaga, yasobanuye impamvu yamuteye gushaka abarinzi ba kumanywa na nijoro bamugendaho aho agiye hose yewe no mu rusengero, asobanura ko ijambo ry’Imana ritabimubuza. Yakomeje asobanura […]

Wizkid arataramira i Kampala mu gitaramo yita icya mbere gikomeye agiye gukorera muri Afurika

Umunya- Nigeriya, Ayodeji Ibrahim Balgun wamamaye nka Wizkid ubu ari kubarizwa mu gihugu cya Uganda aho aje gutaramira nyuma yo kubatenguha umwaka ushize wa 2016. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ku Gatatu tariki 6 Ukuboza 2016, ahagana saa cyenda (15:00) z’i Kampala, nibwo uyu muhanzi Wizkid yasesekaye ku kibuga kindege cya Entebbe, aho yakiriwe n’abanyamakuru nyuma gato akajyanwa […]

Koreya ya Ruguru yongeye gutangaza ko yiteguye intambara n’Amerika ariko ko itazi igihe izatangirira

Umuvugizi wa Korea ya Ruguru yatangaje ko kugeza ubu igihugu cye gitegereje imbarutso ubundi bagakozanyaho n’Amerika ikomeje gusa n’igikora mu jisho. Ibi byatangajwe nyuma y’uko mu ntangiriro z’iki cyumweru, Amerika yohereje integer z’intambara n’abasirikare banshi muri Koreya y’Epfo mu bikorwa by’imitozo, Koreya ya Ruguru yo ikaba ivuga ko ibyo bitayikanga. Mu ijambo rye herutse kugeza […]

Ese Ababiligi baba baratwaye umugogo w’ umwami Yuhi IV Musinga iwabo?

Mu gihe, abagize komisiyo mbonezamubano muri Sena batangiye kwibaza ku ndangamurage nyarwanda zibitswe nabi ndetse n’iziri mu mahanga, Visi Perezida w’ Umutwe wa Sena, Jean d’Arc Gakuba yasabye ko umugogo w’ umwami Yuhi IV Musinga wavanywa mu Bubiligi ukazanwa mu Rwanda. Mu rwego rwo kumenya amakuru y’ impamo kuri iki kibazo gikunze gutera impaka aho […]

Nashatse umugabo ariko nongeye kwiyumvamo amuhungu twiganye, ashobora kunsenyera pe! NKORE IKI?

Mwongeye kwirirwa bakunzi b’ikinyamakuru BWIZA.COM nagirango mumfashe mu kibazo cyambanye ihurizo, nakundanye n’umuhungu muri Secondaire twarakundanye bidasanzwe ku buryo no ku ishuri batwitaga abasazi kubera ukuntu buri kanya twabaga turi kumwe. Iyo hashiraga isaha ntabonye Daniel, numvaga nta mahoro mfite, nkagira imbeho ntazi aho iturutse, gukurikira mwarimu bikananira. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Byageze aho yajyaga ataha, akansigira […]

Neza watwaye Afrima Award azataramana na Masamba muri Kigali Jaz Junction

Ku wa Gatanu tariki ya 8 Ukuboza 2017 , muri Kigali Serena Hotel hazabera igitaramo cy’umunyarwandakazi, Neza Masozera na Masamba Intore, muri Kigali Junction. Patricia Neza Masozera ubusanzwe uzwi ku izina rya ‘Da SongBird’ ni umunyarwandakazi ukorera umuziki muri Nigeria, ubu akaba ari mu Rwanda, aje mu gitaramo azahuriramo na Masamba Intore. Mu kiganiro yagiranye […]

Nyabihu: Ishyaka Green Party ryaburaburijwe mu maboko y’ubuyobozi na hoteli

Mu mpera z’ icyumweru gishize, Ubuyobozi bw’ Umurenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu ngo bwashatse kuburizamo amahugurwa y’ abarwanashyaka b’ Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Ibidukikije (DGPR) yagombaga kubera muri ‘Volcano Gate Hotel, ariko biba ngombwa ko akarere kinjira mu kibazo. Ibi byabaye mu gihe Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Jenda avuga ko nta baruwa yamugezeho isaba gukora […]

Ingurube yavukanye isura isa n'iy'umuntu n'ikintu kimeze nk'igitsina mu gahanga (Amafoto)

Mu gace ka Yanan gaherereye mu Majyepfo y’umujyi Guangxi Zhuang mu gihugu cy’u Bushinwa havutse ingurube idasanzwe ifite isura nk’iy’umuntu, n’igisa n’igitsina cy’umuntu w’umugabo mu gahanga. Umworozi wabigize umwuga muri iriya famu yavutsemo ririya tungo ridasanzwe, Tao Lu yatangaje ko na nubu ataremera ko ibyo yiboneye n’amaso ye ari ibye kuko iyo iyo ngurube yavutse […]

Gisagara: Ubusinzi n’abakobwa bareresha ababyeyi babo, intandaro yo kudacika kw’imirire mibi

Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara buravuga ko ubusinzi bugaragara ku babyeyi bamwe na bamwe no kuba hari abakobwa babyara batabana n’abagabo, abana bakabazanira ababyeyi, bigira uruhare mu kudacika kw’ikibazo cy’imirire mibi igaragara muri aka karere, dore ko ngo bituma abana batitabwaho uko bikwiye. Ibi biherutse kugarukwaho n’umuyobozi w’akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome, mu kiganiro n’abanyamakuru. Mayor […]

Tanzania: Abanyepolitiki basaga 3o bamaze gutabwa muri yombi

Abantu babarurwa muri 38 bo muri Tanzania biganjemo abanyepolisiki bo mu mashyaka atandukanye, Abadepite, n’abandi, batawe muri yombi bazira kudashyigikira ibikorwa by’amatora y’ibanze biri kubera mu gihugu. Ibitangazamakuru bitandukanye byo muri kiriya gihugu bivuga ko aba bantu bose uko ari 38 batangiye gutabwa muri yombi guhera ku itariki ya 29 Ugushyingo, bakaba bagenda biyongera umunsi […]

RBC iratangaza ko 46% by'abakora uburaya babana na Virus itera SIDA

Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC, bugaragaza ko kugeza ubu 46% by’abakora uburaya, banduye virus itera SIDA, naho muri rusange Abanyarwanda bangana na 3% babana na yo, iki kigero ngo kimaze imyaka 10 kidahinduka. Muri ubu bushakashatsi kandi hagaragazwamo ko umujyi wa Kigali ari wo ufite umubare munini w’abafite ubwandu bwa virus itera SIDA […]

Uganda yatangiye gukura abasirikare bayo muri Somaliya

Leta ya Uganda yatangiye gukura abasirikare bayo muri Somaliya, aho bari mu butumwa bwo kugarura amahoro. Ikinyamakuru Nation.co, gitangaza ko aba basirikare ba Uganda bacyuwe ku bw’icyemezo cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), cyo kugabanya abasirikare muri Somalia bari bariyo mu butumwa bwo kugarura amahoro. Ku wa Gatatu tariki ya 6 Ukuboza 2017, nibwo iyi […]

Uko umunyemari, Nkurunziza yafatanyije n’ubuyobozi bwa banki kwiba umujenerali wo muri Sudani y’Epfo Miliyari

Abashinzwe iperereza muri Uganda cyo batangiye iperereza ku mucamanza wo mu rukiko rukuru n’abayobozi bo muri banki ya Stanbic, icyicaro cya Nakasero, bafatanyije n’umucuruzi witwa Fred Nkurunziza kubikuza mu buryo bunyuranyije n’amategeko asaga Miliyari y’Amashilingi kuri konti y’umujenerali wo muri Sudani y’Epfo. Uyu mucuruzi, Nkurunziza, kuri ubu uri muri kasho ya polisi mu rwego rw’iperereza, […]

Abanyamakuru barasaba ko gusebanya bikwiye kujya mu byaha mbonezamubano, aho kujya mu byaha bihanwa

Mu biganiro byahuje abanyamakuru,urwego rw’abanyamakuru rwigenzura(RMC) n’ishyirahamwe ry’abanyamakuru,byateguwe n’umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro,pax press kuri uyu wa kabiri tariki ya 5 ukuboza 2017,byari bigamije kuganira Ku ngingo 5 zirimo kuvugururwa Ku cyaha cyo gusebanya,aho muri izi ngingo hagaragaramo ko uzajya agaragaraho gusebanya,azajya ahanishwa igifungo ndetse hakaniyongeraho gucibwa amande. Imwe muri izo ngingo,ni ingingo ya 254,ivuga ko […]

Uganda: Imva ya Ivan Semwanga yacukuwe n’abataramenyekana bateshwa n’imbwa

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 6 Ukuboza 2017, imva y’umuherwe Ivan Ssemwanga yataburuwe n’abantu bari bakurikiyemo imari bateshwa n’imbwa zabakanze bakiruka. Ikinyamakuru the new vision dukesha iyi nkuru kivuga ko aba bantu batamenyekanye bagerageje gucukura imva y’uyu muherwe imaze igihe ashyinguranywe akayabo k’amafaranga ariko ntibyabahira kuko umugambi wa bo bawuteshejwe na […]

Rubavu: Ireme ry’uburezi ribangamiwe n’ikibazo cy’ubucucike bw’abana no guta amashuri bya hato na hato

Ikibazo cy’ubucucike bukabije mu mashuri abanza cyane cyane mu myaka ya mbere y’amashuri, kiri mu bibazo bituma ireme ry’uburezi muri aka Karere ka Rubavu ridindira, ibi kandi bikiyongeraho n’ikibazo cyo guta amashuri nk’uko bitangazwa na Madame Rachel Mukamuganga Mahuku, umurezi akaba n’Umukozi w’ikigo gikorana na Minisiteri y’Uburezi gishinzwe guteza imbere Ireme ry’uburezi Well Spring Foundation […]

Amerika irateganya kwimurira ambasade I Yerusalemu, uko 16 zahabanje zahavuye nabi

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump arateganya kwimura ambasade y’igihugu cye muri Israel akayivana I Ter Aviv akayimurira I Yerusalemu, ariko ibihugu nka Chile, u Buholandi na Kenya nabyo byigeze kugira ambasade muri uyu mujyi ziza kuhimurwa. Mu gihe perezida Trump yashyira mu bikorwa kwimura ambasade ayikura I Tel Aviv ayijyana I […]

M23 yari yarirukanye izo ngegera zirirwa zikubita abaturage I Kinshasa — Bertrand Bisimwa

Umutwe wa M23 wagize icyo uvuga kuri raporo ya Human Rights Watch iherutse kuvuga ko bamwe mu bagize uyu mutwe barimo guhabwa akazi na perezida Joseph Kabila ngo bamufashe gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe. Nk’uko itangazo ryavuye muri M23 rivuga, umuyobozi wayo, Bertrand Bisimwa, ubarizwa muri Uganda, yavuze ko uyu mutwe akuriye uhakana uruhare urwo […]

Uganda: Abahanzi 2 bari mu mazi abira bashinjwa kwibasira perezida Museveni mu ndirimbo

Abahanzi 2 bo muri uganda barimo umwe usanzwe atunganya umuziki (Producer) bari mu mazi abira nyuma yo guhimba indirimbo ubuyobozi buvuga ko yibazira umukuru w’igihugu. Aba bahanzi barimo David Mugema y’imyaka 31ndetse na mugenzi we Jonathan Muwanguzi w’imyaka 23bashinjwa gushyira ahagaragara indirimbo Wumula mzee (take a rest old man) cyangwa ce “Ruhuka muzehe” Aba bahanzi […]

U Rwanda ruritegura kwakira imwe mu nama zikomeye ku burezi muri Afurika

Mu 2018, u Rwanda, kimwe mu bihugu bishyize imbere ikoranabuhanga muri gahunda zabyo z’iterambere, nicyo kizaba kiyoboye Afurika Yunze Ubumwe, aho perezida Kagame azaba ari Chairman wayo. U Rwanda rukaba rukazagira n’uruhare rukomeye mu kwakira inama ku ikoranabuhanga mu burezi muri Afurika “ eLearning Africa” abayitegura bateganya ko izaba ari yo ikomeye cyane mu myaka […]

Mugore, menya impamvu ushobora kuba utagira ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina

Kutagira ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina mu ndimi z’amahanga byitwa ‘frigidity’ ni ikibazo kitoroshye kuko bituma benshi babaho mu buzima bubashaririye kuko uretse no kuba abagabo babibaziza na nyir’ubwite bimutera ipfunwe akumva ko atameze nk’abandi. kutagira ubushake ku mugore ni iki? Kugira ngo byumvikane neza abahanga basobanura ko kutagira ubushake bwo gutera akabariro ku bagore […]

Zimbabwe: Grace Mugabe arasaba gatanya n’umugabo we nyuma y’uko yeguye ku butegetsi

Nyuma y’’uko perezida Robert Mugabe akorewe ibisa na Coup d’Etat nyuma bigatangazwa ko yeguye ku bushake bwe ku mwanya wa Perezida wa Zimbabwe, amakuru aravuga ko umugore we Grace Mugabe ari gusaba ko batandukana. Ikinyamakuru jeunafrique dukesha iyi nkuru kivuga ko guhera kuwa Mbere w’iki cyumweru, amakuru acicikana ku mbuga za interineti muri kiriya gihugu […]

Israel: Abanyafurika bimwe ubuhungiro baratangira kugezwa mu Rwanda vuba

Ibiro by’Umushinjacyaha wa leta ya Israel kuri uyu wa kabiri, itariki 05 Ugushyingo, byatangarije Urukiko Rukuru rw’Ubutabera ko igikorwa cyo kwimura abaturage bo mu bihugu bya Afurika, bamaze igihe bashaka ubuhungiro muri iki gihugu, bimurirwa mu Rwanda no muri Uganda, kigiye gutangira vuba. Guverinoma ya Israel ikaba iteganya gusubiza muri Afurika abashakaga ubuhungiro muri iki […]

Ese Gen. James Kabarebe azajya i Paris gusobanura ku ihanurwa ry’ indege ya Habyarimana?

Umucamanza w’ umufaransa, Jean-Marc Herbaut yoherereje Minisitiri w’ ingabo z’ u Rwanda, Gen. James Kabarebe urupapuro rumuhamagaza i Paris kugirango atange ibisobanuro ku ihanurwa ry’ indege yari itwaye Perezida Habyarimana na bagenzi be ku itariki 6 Mata 1994. Iyi nkuru dukesha RFI ivuga ko uyu Jean-Marc Herbaut yifuza kuzabaza Gen. Kabarebe ibibazo binyuranye bijyanye n’ […]

Hemejwe gushaka uburyo burambye bwo gushakira umutungo wunganira gahunda ya mituweli

None ku wa Kabiri, tariki ya 5 Ukuboza 2017, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. 1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 08 Ugushyingo 2017, imaze kuyikorera ubugororangingo. 2. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho aho imyiteguro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano igeze. 3. Inama y’Abaminisitiri yemeje: a) […]

Icyemezo cya perezida Trump cyo guhindura Yerusalemu umurwa mukuru wa Israel cyateje impagarara

Hashize igihe kitari kinini, perezida Trump atangaje ko agiye kwimura ambasade y’Amerika yabarizwaga mu murwa mukuru Tel Aviv akayimurira mu mujyi wa Yerusalemu, iki cyemezo kikaba cyateje impagarara mu bihugu byiganjemo iby’abarabu n’Abasilamu. Ni mu gihe perezida Trump naramuka ashyize mu bikorwa iki cyemezo, azaba ateje impaka ku baturage ba kiriya gihugu cya Israel na […]

Inzego z’ ubutasi z’ u Bufaransa zishinjwa guhitana abaperezida 22 ba Afurika

Kuva muri 1963, Abaperezida 22 ba Afurika barishwe u Bufaransa bugatungwa agatoki ko bubyihishe inyuma, ko bubaziza kutubahiriza amasezerano bagiranye ndetse banabangamira inyungu z’ iki gihugu cy’ igihangange. Ibi bikorwa by’ ubugome byagiye bikorerwa aba baperezida bo ku mugabane wa Afurika bishinjwa inzego eshatu z’ ubutasi zifite ubunararibonye mu guhirika ubutegetsi (Coup- d’ Etats). Izo […]

CECAFA : Amavubi amaze gutsindwa imikino 2 ikurikirana

Mu mukino ufungura CECAFA 2017, Amavubi yatsinzwe na Kenya 2-0, umutoza Hey afata umwanzuro wo guhindura ikipe yose ku mukino ukurikira, gusa ntiyahiriwe kuko Zanzibar kuri uyu wa 5 Ukuboza 2017, atsinzwe na Zanzibar 3-1. ku isaha ya saa saba n’igice zo mu Rwanda, nibwo umugande Alex Muhabi yatangije umukino kuri Kenyatta Stadium, amavubi yatangiye […]

Ruhango: Umwana ufite ubumuga bwo mu mutwe, ahohoterwa n'umuhisi n'umugenzi

Mugisha Thierry, umwana w’imyaka 9, w’imfura mu muryango wa Gatete Alexis na Bampire Euthalie,batuye mu mudugu wa Giticyuma ,mu kagari ka Mwendo, umurenge wa Mbuye,mu karere ka Ruhango, yavukanye ubumuga bwo mu mutwe, abereye umutwaro ababyeyi bamubyara ndetse n’abaturanyi b’uyu muryango. Nk’uko bitangazwa na Bampire Euthalie nyina umubyara, ngo uyu mwana nyuma yo kubona ko […]

Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare kigishije abana gusoma ibipimo by'ubukungu n'imibereho myiza

Ku wa kabiri tariki ya 5 Ukuboza 2017, Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda cyateguye ku nshuro ya gatatu igikorwa cyo kwigisha abana gusoma ibipimo by’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage hifashishijwe ibyavuye mu bushakashatsi bunyuranye, nk’uko bigenda bishyirwa ahagarara n’iki kigo. Ikigamijwe muri iki gikorwa ni ugufasha abana kubasha gusobanukirwa n’iterambere ry’igihugu cyabo hakoreshejwe ibipimo by’ibarurishamibare byashyizwe […]

Amafoto utabonye yaranze igitaramo Young Grace yakoreye i Rubavu

Ku wa Gatandatu tariki ya 2 Ukuboza 2017, umuraperikazi Young Grace yamuritse umuzingo we (Album) wa kabiri yise ‘20 à  22’ i Rubavu ku ivuko, maze kitabirwa ku rwego rushimishije dore ko yari ashyigikwe n’abandi bahanzi barimo Aime Blueston, Sintex, Marina , Ama G the Black ndetse n’abandi batandukanye bo mu karere ka Rubavu. [xyz-ihs […]

Musanze: Abarimu bakoresheje ibizamini bya Leta baribaza impamvu batishyurwa

Mu Karere ka Musanze, abarimu bakoresheje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, icyiciro rusange (Tronc- commun) ndetse n’ ayisumbuye, bavuga ko batishyuwe kandi bari basanzwe basoza akazi bishyurwa. Bamwe bavuga ko mu masezerano y’ akazi ko kugenzura (Surveillance) uko ibizamini bya Leta bikorwa, bagombaga kubona amafaranga yabo akazi kakimara gusozwa ariko si ko byagenze. Mu […]

Umukirisito utunze indirimbo muri telefoni ye atarayiguze na nyirayo, ni umujura- Past. Munishi

Umuhanzi akaba na Pasiteri, Munishi Faustin, yabwiye abakirisito batunze indirimbo z’abahanzi muri telefoni zabo bataraziguze na banyirazo ko ari abajura, ndetse ko bakwiye kwihana icyaha cyo kwiba. Ku Cyumweru tariki ya 3 Ukuboza 2017, kuri Dove Hotel, nibwo Pasiteri Faustin Munishi, umuririmbyi ukomoka mu igihugu cya Kenya, yatangaje ibi, yaje gufatanya n’umuhanzi Timamu Jean Baptiste […]