Rusizi: Bahangayikishijwe no kugera ku bitaro nyuma yâuko imbangukiragutabara yabafashaga ipfuye ntisimburwe
Abaturage bâutugari twa Nyamihanda na Rwambogo mu Murenge wa Butare, aba Nyamigina na Mpinga mu Murenge wa Gikundamvura nâabâAkagari ka Nyabintare mu Murenge wa Nyakabuye bagera ku 20.520 bivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Nyabitimbo kiri mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi, batewe impungenge nâingobyi yâabarwayi yabagezaga ku bitaro bya Mibilizi imaze amezi 4 […]
Qatar Airways yasubitse ingendo zayo i Kigali
Abakoraga ingendo zâindege muri Qatar Airways bajya Doha bavuye i Kigali bafite impungenge nyuma yâaho iyi sosiyete yo gutwara abantu mu ndege isubikiye ingendo zayo mu Rwanda kugeza kuwa 01 Nzeri 2017. Mu byumweru bikeya bishize ngo aba bagenzi bakaba bari barimo kujya Doha banyuze Entebbe muri Rwandair cyangwa bakanyura Nairobi bakajyanwa na Kenya Airways. […]
Reba amafoto y'ikiraro cya mbere kirekire ku isi gica hejuru y'inyanja
Mu minsi yashize, Bwiza.com yari yagerageje kwegeranya amaforo y’ikiraro cya mbere ku isi kirekire haba mu burebure bya co uva ku ruhembe rumwe ujya ku rundi ndetse n’uburebure uturutse ku kiraro kugera hasi ku butaka aho iki kiraro cyari cyabonetse mu gihugu cy’u Bushinwa na metero zisaga 300. Kuri ubu rero hongeye kugaragara amafoto y’ikindi […]
Raporo ya HRW ku Rwanda irashingira ku miryango nâ itangazamakuru Mbanda yanenze kubogama
Human Right Watch(HRW) iherutse gusohora raporo ku Rwanda ko nta bwisanzure bwa politiki bwaranze ibikorwa byâ amatora ya Perezida wa Repubulika, nyamara Gerald Mbanda uzobereye muri politiki yari aherutse gusohora inyandiko ivuga ko hari raporo zikorwa ku bwâizindi nyungu, ngo cyane ko byatangiye kare itangazamakuru mpuzamahanga nâiyo miryango bigaragaza uruhande bibogamiyeho. Umunsi Perezida Paul Kagame […]
Kenya: Abazungu 2 bakuze basanzwe hafi yâakabyiniro bishwe
Imirambo yâabazungu babiri bakuze, umwe uri mu myaka 60, nâundi uri mu myaka 70, kuri iki Cyumweru yasanzwe ahantu yajugunywe ku muhanda uri mu mujyi wa Mombasa mu gihugu cya Kenya, ariko imyirondoro yabo ntiyamenyekanye. Aba bazungu, umugabo nâumugore, basanzwe bazingiwe mu biringiti basigwa hafi yâakabyiniro kari mu nkengero za Mombasa nkâuko byemezwa nâukuriye igipolisi […]
Abarundi basaga 40 bakekwaho ibikorwa byâubutasi birukanwe mu Rwanda
Abarundi bagera kuri 47 babaga mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu ushize nimugoroba , bageze mu gihugu cyabo nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda bakekwaho ibikorwa byâubutasi. Aba Barundi bakiriwe ku mupaka nâukuriye igipolisi mu Ntara ya Kirundo, batangaje ko birukanwe nâubuyobozi bwâu Rwanda bazira gukekwaho ibikorwa byâubutasi. Umwe mu birukanwe wavuganye na Ijwi rya Amerika […]
Waruziko urebeye mu maso wamenya umukobwa waryoshya imibonano?
Abantu benshi bagenda bibaza niba hari uburyo wamenyera ko umukobwa cyangwa umugore baryoshya imibonano mpuzabitsina mutari mwaryamana, gusa Nkuko abantu twese tudahuje imico ndetse nâimitere yâumubiri ninako burya nâimyitwarire yacu mu gihe cyo kubaka urugo (gukora imibonano mpuzabitsina ku bashakanye) iba itandukanye. Iyo abashakanye buzuzanya mu gihe cyo gutera akabariro usanga urwo rugo ruhora rutuje […]
Indege ya Tanzania yafatiwe muri Canada kubera imyenda yanze kwishyura
Indege yâubucuruzi ya Tanzania yafatiwe muri Canada nyuma yâuko Tanzania inaniwe kwishyura ikompanyi yâubwubatsi yari yayubakiye ariko Tanzania ikananirwa kwishyura rwiyemezamirimo. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Iyi ndege yâubucuruzi yari itegerejwe kugera muri Tanzania ivuye ku isoko mu kwezi kwa 7 uyu mwaka ariko na nubu ikaba itarahagera. Umuvugizi wa Chadema muri Tanzania, Tundu Lissu yabwiye itangazamakuru ko […]
Bimwe mu bintu bikwiye kwibandwaho muri manda nshya u Rwanda rwinjiyemo
Ijambo Politiki abantu bakunze kutarivugaho rumwe ,bamwe bavuga ko ari uburyo bwo kuyobora abantu hifashishijwe amaco yo kubabeshyabeshya, hagamijwe inyungu zâukora iyo politiki ,no gushaka kwemeza abayoborwa ibyâubutegetsi [ administration ] buba buriho , nkuko hari n’abakagaragaza ko ibyo byose bijya byifashishwa nâabatavugarumwe rumwe nabwo mu rwego rwo kuburwanya cyangwa guhangana nabwo nâibindi … Ikibabaje […]
Ubushakashatsi: Umugore n'umugabo biyahuriye rimwe ngo barebe uko bigenda nyuma y'urupfu
Umugabo wo mu gihugu cya misiri n’umugore we wo muri Ireland biyahuriye rimwe aho babaga mu mujyi wa Hurghada ku nkengero z’inyanja itukura mu misiri, iperereza rikaba ryafashe ibimenyetso ko aba biyahuye ngo barebe uko bavumbura indi si. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Inzego z’ubushakashatsi muri kiriya gihugu zavuze ko uyu mugore n’umugabo biyishe bijugunye mu mazi nyuma […]
Kenya: Maina Kiai yafungiwe ku kibuga cyâindege ararekurwa ku mpamvu zitasobanutse
Impirimbanyi yâuburenganzira bwa Muntu yo mu gihugu cya Kenya, Maina Kiai, kuri iki Cyumweru mu gitondo yafungiweho gato ku Kibuga cyâindege Mpuzamahanga, Jomo Kenyatta ubwo yiteguraga kuva mu gihugu. Ikinyamakuru Tuko cyo muri Kenya kikaba cyamenye ko Maina Kiai yatawe muri yombi ubwo yiteguraga kujya i Prague muri Repubulika ya Tcheque kuri iki Cyumweru, itariki […]
Muhanga: Abasigajwe inyuma nâamateka barashinja Mudugudu kubimisha inkunga ya mituweri
Ubusanzwe aba basigajwe inyuma nâamateka bo mu Kagari ka Kinini, bavuga ko bari bafite umugiraneza wâumubikira wabatangiraga ubwisungane mu kwivuza, ku buryo buri mwaka yayibatangiraga nâimiryango yabo, gusa ngo uyu mwaka batunguwe no kumva uwo mubikira ababwira ko atazongera kuyibatangira kuko umukuru wâUmudugudu wa Musezero batuyemo yamubwiye ko leta ibishyurira ubu bwisungane mu kwivuza, nyamara […]
Inama zigirwa umugore wageze muri menopause agakomeza kubona imihango
Imyaka rusange umugore ahagarikira gusama (M Ă© nopause) ku isi ni hagati ya 50 na 52 ariko hari igihe umugore uri muri iyi myaka cyangwa uyirengeje akomeza kubona imihango kandi atabasha gusama. Ese wakora iki igihe ukomeje kuva nyamara warageze muri menopause? Urubuga Topsante.com rutanga inama yâuko umugore uri mu myaka nka 57 ariko agakomeza […]
Dore ibyo wakorera umukunzi wawe ukamurinda gushurashura
Abagore benshi bahora bataka ko abagabo babo babaca inyuma nyamara hari uburyo bworoshye bwo gukuraho izi mpungenge ugahagarika gukeka amababa umugabo wawe ukamwiyegurira burundu. Dore ibyo usabwa gukora mu gihe uri kugirana ibihe byiza nâumugabo wawe mu rwego rwo gutuma ataguhararukwa vuba bikaba byaba intandaro yo kwigira mu bandi bagore Muhate ibyo akunda kurusha ibindi […]
Umugabo yibye mu Kiriziya ageze mu rukiko ahinduka ikiragi
Urukiko rukorera mu gace ka Ejigbo mu mujyi wa Lagos, muri Nigeria ruherutse gusubika urubanza rwâumugabo wari wafatanywe amafaranga yâumwe mu bo bari bahuriye kiliziy, a yagezwa imbere yâubutabera akihindura ikiragi. Uyu mugabo witwa Chinedu Samuel, yatawe muri yombi na polisi yo muri kariya gace ariko mu gihe yamushyikirizaga ubutabera yanze kuvuga akajya akoresha amarenga […]
Hussein Radjabu aramagana raporo ya Loni imwita umuyobozi wa FOREBU akavuga aho we abarizwa
Nyuma yâaho raporo yâimpuguke zâumuryango wâAbibumbye ivuze ko imitwe yitwaje intwaro irimo nâiyo mu Burundi, ifite uruhare mu guhungabanya umutekano wa Congo, Hussein Radjabu bivugwa ko akuriye FOREBU ivugwa muri iyi raporo arahakana kuba muri uyu mutwe. Iyi raporo ivuga ko uyu mutwe wa FOREBU urwanya ubutegetsi bwâu Burundi uyobowe na Col Eduard Nshimirimana, wungirijwe […]
Afurika yâEpfo; Minisitiri ushinjwa guhohotera umugore bahuriye mu kabyiniro yeguye
Minisitiri wungirije mu gihugu cya Afurika yâEpfo, ukurikiranweho icyaha cyo guhohotera umugore bahuriye mu kabyiniro, yeguye ku mirimo ye nkâuko byatangajwe nâibiro bya perezida kuri uyu wa Gatandatu. Amafoto agaragaza minisitiri wungirije wâamashuri makuru, Mduduzi Manana, ahohotera uwo mugore yagaragaye mu ntangiriro zâuku kwezi ateza umwuka mubi muri sosiyete sivie no mu mashyaka atavuga rumwe […]
Muhanga: Imiryango ituriye ibirombe by'amabuye y'agaciro ishonje ihishiwe
Nyuma yâubushakashatsi bwakorewe mu Tugari dutatu two mu Murenge wa Muhanga mu ngo zisaga 190 zivukamo abaturage bakora mu birombe byâamabuye yâagaciro,Umuryango urwanya ubukene nâibibazo bibushamikiyeho mu Karere ka Muhanga (BSD) ugaragaza ko imiryango ituriye ibirombe byâamabuye yâagaciro ishonje ihishiwe. BSD ivuga ko ibibazo byâubukene biterwa no kuba abaturage bajya gushaka akazi mu birombe byâamabuye […]
Uganda: Abasirikare 2 bakurukiranyweho gukubita umuntu agapfa
Abasirikare 2 bo mu gisirikare cya Uganda, UPDF bakurikiranyweho gukubita umuturage wo mu gace ka Mutungo gaherereye mu Majyepfo ya Uganda kugeza ashizemo umwuka. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Umuvugizi wa polisi ikorera muri Kariya gace, Emilian Kayima ngo aba basirikare 2 barimo Pte. Rogers Kasigazi ndetse na Pte. Shaban Musinguzi babanje gutoroka muri iki cyumweru nyuma yo […]
Umukwabu muri Kaminuza yâu Burundi, abasaga 90 batawe muri yombi
Igipolisi cyâu Burundi kuri uyu wa Gatandatu, itariki 19 Kanama, cyakoze umukwabu wo gusaka muri Kaminuza yâigihugu gita muri yombi abantu 98 babaga muri kaminuza mu buryo bunyuranyije nâamategeko. Nkâuko byatangajwe nâumuvuugizi wa minisiteri yâumutekano nâuwâigipolisi cyâu Burundi, Pierre Nkurikiye, ngo uyu mukwabu watumye abantu 98 barimo abantu 78 barangije amasomo yabo ariko bagakomeza kuba […]
Dore amagambo ukwiye kumenya aryohera amatwi y'abakundana
Mumagambo menshi akunzwe gukoreshwa n’abakundana usanga abenshi bifashisha ijambo ndagukunda gusa kuri ubu usanga rimaze kuba nkirimenyerewe cyane mu matwi yabakundana niyo mpamvu bwiza.com twagerageje kubakusanyiriza amagambo asigaye akunzwe gukoreshwa akarusha kuryohera amatwi yabakundana iyo bayabwiwe. amwe muri aya magambo twavuga nka: [xyz-ihs snippet=”google-pub”] 1. Aho uzaba hose nzaba ndi kumwe nawe : Wari wabwirwa […]
Amayeri umukobwa uzi ubwenge yakoresha akigarurira umutima wâumusore kugeza barushinganye
Kubona umukobwa yabona umusore umukunda ni intambwe imwe, no gutuma uwo musore yiyemeza kurushingana nawe (gushinga urugo) ni iyindi ari nacyo ahanini kiba kigamijwe mu rukundo hagati yâumuhungu nâumukobwa. Urubuga rwa internet marriage, bwiza.com ikesha iyi nkuru, ruvuga ko ngo hari abo usanga bakundana ariko ugasanga igihe umusore agejeje igihe cyo gushaka uwo barushingana ntahitemo […]
Perezida Buhari wari umaze iminsi 100 mu bitaro, yatashye ashimira abamusengeye
Perezida Muhammadu Buhari wa Nigeria yageze mu gihugu avuye mu Bwongereza kwivuza, yashimiye abamubaye hafi byâumwihariko abamusengeraga amanwa nâijoro. Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Kanama 2017, nibwo Perezida Buhari yageze mu gihugu, mu itangazo ryashyizwe hanze na perezidansi ya Nigeria rivuga ko ageze mu gihugu avuye kwivuza uburwayi batatangaje mu Bwongereza aho yari […]
Perezida Kagame ntiyemeranya n'ibyo Macron yibwira kuri Afurika
Perezida wâu Bufaransa Emmanuel Macron aherutse gutangaza ko ikibazo Afurika ifite ari icya âcivilisationâ kigaragarira mu miyoborere mibi, kubura demokarasi no kubyara abana benshi, nyamara Perezida Kagame atangaza ko mu bibazo uyu mugabane ufite icya civilisation kitarimo. Ibyo Macron yabitangaje mu nama iherutse guhuriza i Hambourg mu Budage, tariki ya 8 Nyakanga 2017, ibihugu 20 […]
Umwana wa Diamond arimo gukura arushaho gusa na Ivan, umugabo mukuru wa Zari
Umwana wâumuhungu Zari aheruka kubyara akitirirwa Diamond, uko akura niko benshi bamubona mu ishusho yâumugabo mukuru wâuyu mugore, Ivan Ssemwaga umaze amezi 3 apfuye. Prince Nillan, Diamond yita umwana we, ubwo yashyiraga ifoto ye ku rukuta rwe rwa Instagram, nibwo benshi bahise batangaho ibitekerezo bagaragaza ko asa neza nâumugabo mukuru wa Zari. Ikinyamakuru cyo muri […]
Shyogwe: Uwasigajwe inyuma nâamateka amaze imyaka 4 asiragizwa ku murenge asaba inzu
Minani Evariste wo mu mudugudu wa Musezero, akagari ka Kinini, umurenge wa Shyogwe ho mu karere ka Muhanga amaze imyaka 4 ategereje inzu yasinyiye ku murenge amaso yaheze mu kirere. Ubusanzwe Uyu mugabo ufite umugore nâabana babiri, yabaga mu nzu yari yarahawe na se umubyara, iyi nzu ngo yari ifite ibyumba bitatu na salo, nyuma […]
Umugore wanjye yitanze matela twararagaho mu rusengero, mutuma kuyigarura akandusha umujinya- Nkore iki?
Muraho abo kuri Bwiza.com, nitwa Mugemana ntuye mu karere ka Musanze, mfite ikibazo gikomeye maranye icyumweru kimwe, ariko ndabona kirarusenya pe. Mu cyumweru gishize nari ndi i Kigali nagiye kurangura ibicuruzwa, nagiye ku wa Gatandatu ndarara ntaha ku cyumweru, nageze aho nkorera mbanza gupakuruza ibicuruzwa ntaha nka 20:00, nakiriwe nâumufasha nkuko bisanzwe ikibazo kivuka ngeze […]
Leta yâu Burundi ntiyemera cyangwa ihakane ko hari intwaro irimo kohereza muri Congo rwihishwa
Raporo inzobere za Loni zashyikirije akanama ka Loni gashinzwe amahoro nâumutekano ku isi, igaragaza ko Leta yâu Burundi irimo kohereza intwaro muri Congo zishyirwa inyeshyamba ziyiri inyuma ngo zibashe guhashya imitwe iyirwanya. Akanama ka Loni gashinzwe amahoro nâumutekano ku isi, kashyikirijwe iyi raporo nâizo mpuguke ku wa Kane tariki ya 17 Kanama 2017, bagaragaza impungenge […]
Impamvu yaba yarakuye Danny Nanone muri Incedible
Umuhanzi Danny Nanone, ntakibarizwa mu nzu itunganya umuziki ya Bagenzi Bernard yitwa Incredible Records, nâubwo ba nyiri ubwite bemeza ko amasezerano bari bafitanye yarangiye ntiyongerwe, Bwiza.com dufite amakuru yizewe yemeza ko amafaranga ariyo yatandukanyije aba bombi. Mu kiganiro nâumwe mu nshuti za hafi zâaba bombi, utashatse ko amazina ye tuyatangaza muri iyi nkuru, yadutangarije imvo […]
Waeni, umwana muto wakiriwe na Perezida Kagame yamwifurije akazi keza muri manda nshya
âNdabifuriza ishya nâihirwe ndetse no kumererwa neza ku buyobozi bwâigihugu, ndanabyifuriza abaturage badasanzwe bâu Rwanda, kuri uyu munsi wâirahira rya Perezida Kagame.â Aya ni amagambo agaragara ku rukuta rwa Twitter rwa Wendy Waeni, umwana wâumukobwa wâumunyakenya wâimyaka 12 uzwiho impano zidasanzwe, yanditse ku wa Gatanu tariki ya 18 Kanama 2017, ku munsi nyirizina wâirahira rya […]
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango CEVAA rurashima iterambere u Rwanda rugezeho
Urubyiruko rugera kuri 80 rwavuye mu bihugu 35 byo ku isi ruje kwigira mu Rwanda gahunda zitandukanye cyane uburyo babungabunga amahoro, umutekano hamwe nâubumwe nâubwiyunge, rwashimye iterambere rugezeho. Ni urubyiruko rwibumbiye mu muryango CEVAA (Communaute Evangelique dâAction Appostolique), umunyamabanga nshingwabikorwa wâuyu muryango ku isi, Rev.Pastor Emmanuel Desire Johnson wo muri Cameroon, avuga ko rwaje mu […]
Ibimenyetso bizakwereka ko ukundwa urukundo rw'iraha
Urukundo ni ijambo abantu benshi bashobora gusobanura uko babyumva bitewe nâimyumvire yabo, nyamara uko byandenda kose ugamba kumenya ko hariho urukundo rwâukuri nâurukundo rwâibinyoma. Mu rukundo rwâikinyoma rero habamo igice kimwe cyâurukundo rushingiye ku iraha ari na rwo tugiye kugarukaho. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Dore ibintu byâingenzi byakwemeza ko urukundo urimo ntakabuza ari agahararo (iraha) rudateze kuramba. […]
FDLR nâigisirikare cya Congo mu kiraka cyo kurwanirira Perezida Nkurunziza wâu Burundi
Raporo nshya yâimpuguke za Loni igaragaza ko inyeshyamba za FDLR zikorana nâigisirikare cya Leta ya Congo, byâumwihariko bakaba bahangana nâinyeshyamba zitandukanye zâAbarundi barwanya Leta iriho mu Burundi. Iyo mitwe yâinyeshyamba muri iyi raporo bavuga Red Tabara na FNl-Nzabampema, ariko cyane cyane bakagaruka kuri FOREBU ko ari wo mutwe wâinyeshyamba ugizwe nâAbarundi barwanya Leta yâu Burundi […]
Umukire wo muri Afurika arashaka kugura Arsenal akirukana Wenger
Umugabo ubarirwa mu baherwe ba mbere muri Afurika, Aliko Dangote, wo mu gihugu cya Nigeria, yatangaje ko yifuza kugura ikipe ya Arsenal, akabona uburyo yirukana umutoza wayo Arsene Wenger. Uyu mugabo watunguranye kubera amagambo yatangaje, yavuzeko umunsi wa mbere azemererwa kugura iyi kipe ikaba iye, akazi ke ka mbere ari ukwirukana Arsene Wenger. Mu kiganiro […]
Twagiramungu ukekwaho kugira uruhare muri jenoside yagejejwe mu Rwanda
Umunyarwanda Twagiramungu Jean ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yagejejwe mu Rwanda, aho azaburanira ibyo byaha. Mu ipantalo y’itiriningi hasi nâumupira utukura hejuru, Twagiramungu yagejejwe ku kibuga cy’Indege i Kanombe ahagana saa kumi nâimwe zâigicamunsi cyo kuri uyu wa 18 Kanama, ashyikirizwa u Rwanda, mu maboko yâabapolisi babiri bahise bamwambika amapingu. Uyu mugabo ari […]
Abanyarwanda bajyaga kwivuza no gutererwamo impyiko mu mahanga bagiye koroherezwa
Abanyarwanda barindwi barangije icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye no kuvura impyiko, bagiye kwimenyereza mu Buhinde, aho bazongerera ubumenyi mu kwita ku bazirwaye, muri iki gihugu kizwiho kuba cyarateye imbere muri urwo rwego rwâubuvuzi. Iyo ni intambwe itewe mu Rwanda nkuko bitangazwa na Minisitiri wâUbuzima, Dr Diane Gashumba, uvuga ko aba baforomo bazafasha abarwaye […]
Ibihugu byâAfurika bibi ku buryo bigoye kubitembereramo bitewe nâamateka bifite
Ibihugu bimwe na bimwe byo muri Afurika bifatwa nkâicyitegererezo haba mu miyoborere, iterambere ndetse no mu bijyanye no kubungabunga amahoro. Gusa nubwo ibi bihugu byaba byinshi, ntibikuraho ko hari nâibindi bishobora no kuba ari byo bicye ariko umuntu atapfa gutinyuka gutembereramo cyangwa gushoramo imari bitewe nâamateka bifite cyangwa imiterere ya byo. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uru ni […]
Bujumbura: Ibitero 2 bya grenades byahitanye umuntu bikomeretsa benshi
Umuntu umwe yishwe mu gihe abandi 29 bakomerekeye mu gbitero bibiri u Burundi buvuga ko ari ibyâiterabwoba byagabwe mu Buyenzi, muri Komini Mukaza mu murwa mukuru, Bujumbura. Pierre Buyoya, U Rwanda, nâibihugu bitandukanye baratungwa urutoki. Kuri uyu wa kane, itariki 17 kanama ahagana saa mbiri zâijoro nibwo Pierre Nkurikiye, umuvugizi wâigipolisi cyâu Burundi ndetse nâuwa […]
Luis Suarez agiye kumara ukwezi adakandagiza ikirenge mu kibuga
Luis Alberto Suarez Diaz, rutahizamu w”ikipe FC Barcelona yagize ikibazo cy’imvune ku mukino wa El Classico wo kwishyura, kizatuma amara ukwezi kose atagaragara mu kibuga. Uyu musore w’imyaka 30 y’amavuko wavukiye mu gace ka Salto ho muri Uruguay, iyi mvune yayigize mu mukino wo Kwishyura, wahuje ikipe ya Fc Balicelona na Real Madrid kuri Santiago […]
Rusizi: Bahangayikishijwe nâabana bata ishuri kubera inda zitateganijwe
Bamwe mu babyeyi bo mu kagari ka Rasano mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi baravuga ko bakomeje guhangayikishwa nâumubare munini wâabana babo biga mu mashuri abanza nâayisumbuye bakomeje gutwara inda zitateganijwe bikabaviramo guta amashuri. Ikibabaje cyane ngo ni uko abatera izo nda bahishirwa. Aba baturage barasaba ubuyobozi guhagurukira iki kibazo ugaragaweho gutera inda […]
Gukosora inkuru yatangajwe nâikinyamakuru âBwiza.comâ kuri gahunda ya TMM
Ku itariki ya 26 Kamena umwaka wa 2017, ikinyamakuru âbwiza.comâ cyasohoye inkuru ifite umutwe ugira uti â Ibibazo biri mu miryango yâAbanyarwanda ni imbogamizi kuri gahunda yo gufunga ibigo birererwamo abanaâ (www.bwiza.com/ibibazo-biri-mu-miryango-yabanyarwanda-ni-imbogamizi-kuri-gahunda-yo-gufunga-ibigo-birererwamo-abana/). Nyuma yo gusoma no gusesengura iyi nkuru twasanze ifite inenge, amakosa nâamakuru anyuranye nâukuri Komisiyo yâIgihugu ishinzwe Abana (NCC) ishyira mu bikorwa gahunda […]
Uganda: Impunzi ziva muri Sudani yâEpfo zimaze gusaga miliyoni
Impunzi zâAbanya-Sudani yâEpfo muri Uganda zimaze gusaga miliyoni nkâuko bitangazwa nâIshami ryâUmuryango wâAbibumbye ryita ku Mpunzi risaba ko hakongerwa inkunga yo kwita kuri izi mpunzi ziganjemo abagore nâabana. Itangazo HCR yashyize ahagaragara riravuga ko kuva mu mezi 12 ashize muri Uganda hinjira impunzi 1,800 buri munsi ziturutse muri Sudani yâEpfo . Usibye miliyoni isaga yâizi […]
Gushaka uko Perezida Kabila yava ku butegetsi byahurije Abanyecongo i Burayi
Abagize Imiryango myinshi ya sosiyete sivile muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahuriye mu nama mu Bufaransa bigiramo uko perezida Joseph Kabila yava ku butegetsi. Iyi miryango yahuriye mu Bufaransa muri Hotel Dolce iri mu ishyamba rya Chantilly, mu nama yasojwe ku wa kane wâiki cyumweru, tariki ya 17 Kanama itangiye ku wa 15. Mu […]
Umukobwa wavutse atagira igitsina yabonye umukunzi
Umukobwa witwa Kaylee Moats akomoka muri leta ya Arizona. Uyu mukobwa yahuye nâikibazo cyâuburwayi yatewe nâagakoko ka Mayer Rokitansky KĂ ÂŒster Hauser syndrome (MRKH) gatuma umuntu abasha kuvuka atagira igitsina ariko ibindi bice byâumubiri bimumenyekanisha uwo ari we akaba abyujuje. Ni muri urwo rwego uyu mukobwa wo mu kigero cyâimyaka 22 yâamavuko aherutse kubona umuhungu wâumusore […]
Rubavu: Abaturage barataka inzara nâubukene bagashinja akarere gufunga aho bakuraga amaramuko
Akarere ka Rubavu kahagaritse abaturage bacukura umucanga mu mugezi wa Sebeya ndetse nâababumba amatafari, akazi abaturage bavuga ko kari gatunze abasaga ibihumbi bitatu. Mu kiganiro na bamwe muri abo baturage bavuga ko batazi impamvu akarere kahisemo kubahagarika ndetse ngo bikaba byatangiye kubagiraho ingaruka zikomeye zirimo no kubura ibyo barya. Aba baturage bashimangira ko bakoraga ako […]
Amafoto 10 asekeje wareba akagufasha kuruhuka neza- AMAFOTO
Kuruhuka mu mutwe si ukuryama ugasinzira gusa, ushobora no kureba ibikunezeza ukishima ugaseka, nabwo ni uburyo bwo kuruhura ubwonko bukava mu byo wiriwemo bukagira n’akanya ko kuruhuka. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ni muri urwo rwego Bwiza.com yabakusanyirije amafoto atandukanye, asekeje amwe agaragaza umuco wâibihugu, andi akagaragaza ibizazane bamwe bagize kimwe nâagaragaza udushya tuba tugaragara hirya no hino. […]
Ibihugu byo muri Afurika bimaze kugura intwaro nyinshi mu Bufaransa kuva mu 2012
Ibihugu byo mu majyaruguru ya Afurika nibyo biza imbere ku rutonde rwâibihugu byo kuri uyu mugabane bigura intwaro nyinshi mu gihugu cyâu Bufaransa, aho ikiza imbere ari Misiri imaze kugura intwaro zifite agaciro ka miliyari 2,7 zâAmayero nkâuko bigaragara muri raporo yashyikirijwe inteko ishinga amategeko ku igurisha ryâintwaro muri Afurika yo muri Nyakanga 2017. Iyi […]
Iterabwoba:Imodoka yagongeshejwe imbaga i Barcelona 15 bahasiga ubuzima
Abantu 15 baguye mu bitero by’iterabwoba byabereye i Barcelone mu ntara ya Catalonia muri Espagne ubwo umuntu wari utwaye imodoka y’ikamyo yayigongeshaga imbaga ahitwa Las Ramblas muri uwo mujyi. Uwo mushoferi wari utwaye imodoka yo mu bwoko bwa van yacitse agenda n’amaguru, ahita atangira guhigwa na polisi. Las Ramblas ni umuhanda inkengero zawo ziba zuzuye […]
Reba amashusho yâumugabo uri kuhagira uruhinja yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga
Mu gihe ahenshi muri Afurika bimenyerewe ko gukarabya abana, kubagaburira cyangwa kubahindurira imyenda mu gihe biyanduje nâibindi bifatwa nkâimirimo yâabagore nâabakozi, amashusho yagaragaye ku mbga nkoranyambaga yâumugabo wuhagira akana kâagahinja yavugishije abatari bacye mu bamukurikira. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu mugabo wo mu gihugu cya Nigeria witwa Eneh Basil Chukwunonye yagaragaye yuhagira umwana wâuruhunja ubona umaze nkâamezi […]
Ese muri USA naho hashobora kuba Jenoside? Uko umuhanga ahuza ibyabaye Charlottesville nâibyabaye mu Rwanda
Impuguke mu bijyanye no kumenya ahahise hâumuntu nâaho ageze cyangwa Anthropologist mu rurimi rwâIcyongereza, Prof. Jennie Barnet wo muri Kaminuza ya Leta ya Georgia muri Atlanta ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yagereranyije ibiherutse kubera mu mujyi wa Charlottesville muri weekend ishize nâibyabanjirije Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Uyu muhanga avuga ko kuba perezida […]
Polisi yAfurika yâEpfo yatangatanze imipaka ngo Grace Mugabe atabaca mu rihumye
Polisi ya Afurika yâEpfo yatangaje ko umutekano ku mipaka yâiki gihugu ugomba gukazwa kugirango umugore wa Perezida Robert Mugabe atabona aho amenera ava muri iki gihugu akekwamo guhohoteramo umwana wâumukobwa wari kumwe nâabahungu be. Uyu mugore, Grace Mugabe arashinjwa gukubita no gukomeretsa umukobwa wâumunyamideri uzwi muri Afurika yâEpfo witwa Gabriella Engels , wâimyaka 20 yâamavuko, […]
Umupasiteri akurikiranyweho kwiba amafaranga yâumwe mu bayoboke be
Umukozi wâImana akaba nâumuyobozi yâitorero Godâs Healing Power riherereye mu gace ka Nabweru muri Uganda akurikiranyweho kwiba amafaranga yâumwe mu bayoboke bâitorero rye wâumugore angana na Miliyoni 20 zâAmashilingi. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu mugore witwa Kyomuhendo ngo yagiye kuri uyu mupasiteri ngo baganire ku ijambo ryâImana ariko bakaba bari banafite amateganiro yagombaga kubera mu rugo rwâuyu […]
Kim Kardashian yahishuye igitsina cyâumwana biteguye kwakira
Nyuma yâaho Kim Kardashian na Kanye West bumvikaniye nâumugore wagombaga gutwita umwana wa bo wa Gatatu, Kim Kardashian yatangaje ko biteguye kwakira umwana wâumuhungu. Mu kiganiro Kim Karadashian yagiranye nâikinyamakuru The Hollywood Reporter, Bwiza.co ikesha iyi nkuru, cyasohotse ku wa 16 Kanama 2017, uyu mugore yahishuye ko umugore ubatwitiye azababyarira umwana wâumuhungu, uzaza asanga abandi […]
U Budage burohereza mu Rwanda Twagiramungu ukekwaho uruhare muri Jenoside
Umunyarwanda Jean Twagiramungu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aragera mu Rwanda uyu munsi nyuma yo koherezwa nâu Budage . Uyu mugabo ukekwa kugira uruhare muri jenoside mu cyahoze ari Gikongoro mu Ntara yâAmajyepfo, ubu ni mu ntara yâAmajyepfo, yafatiwe muri iki gihugu mu mujyi wa Frankfurt mu myaka ibiri ishize. Ubwo yagezwaga imbere […]
Gasabo: Umupasiteri nâumugore we bakurikiranweho gukorera iyicarubozo umwana wâimyaka 4
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Gasabo Kuri uyu wa kane, itariki 17 Kanama 2017 bwaregeye Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo Umupasiteri nâumugore we batuye mu Mudugudu wa Kamashashi , Akagali ka kabuga II, Umurenge wa Rusororo ho mu Karere ka Gasabo, icyaha cyâiyica rubozo nâibindi byaha byâihohoterwa bakekwaho kuba barakoreye umwana wâimyaka 4 uyu mupasiteri yabyaranye […]
Trump aravuga ko amateka ya Amerika arimo gusibanganywa nâAbanyamerika
Perezida wa Leta Zunze Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yavuze ko amateka n’umuco by’iki gihugu birimo kurandurwa kubera kumanura ibibumbano n’ibituro byibutsa igihe cy’ivangura ry’amoko n’ubucakara. Amagambo ya Perezida wa Amerika aje nyuma y’urukurikirane rw’ibyo yanditse ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter umuntu umwe amaze kwicwa n’umutwe w’abazungu b’abahezanguni mu mujyi wa Charlottesville. Yiciwe mu […]
Mali: Uwangije inyubako zâamateka Timbuktu yasabwe kwishyura miliyoni 3 zâamayero
Intagondwa y’umuyisilamu ufungiwe kuba yarangije inyubako za kera i Timbuktu yasabwe n’ubucamanza kwishyura ihazabu y’ibyononekaye ibarirwa hafi kuri miliyoni eshatu z’amafaranga y’amayero. Ahmad al-Faqi al-Mahdi yakatiwe imyaka icyenda n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa ICC muri Nzeri umwaka ushize nkuko Bwiza.com ibikesha BBC. Yiyemereye ko yari ayoboye inyeshyamba zangije inyubako ndangamurage ahantu harinzwe n’umuryango w’abibumbye muri Mali […]
Amakosa 5 akomeye atuma urukundo rusenyuka
Hari ubwo usanga abantu bakundana byâukuri ndetse urukundo rwabo rukomeye ariko amakosa amwe nâamwe ugasanga ararusenye burundu. Menya ayo makosa kugirango utazayagwamo, urukundo rwawe na we rugasenyuka utabizi cyangwa utabishaka. Dore amwe muri ayo makosa: Kumva ko uzategeka uko ukundwa Akenshi hari abantu bumva ko bagomba kwishyiriraho uko bakundwa bigasa nkaho gukundwa kwabo aribo bagomba […]
Umwana w'imyaka 10 wafashwe ku ngufu yabyaye adahishuriwe ibanga
Akana k’agakobwa k’imyaka 10 kasambanyijwe ku ngufu nyuma kakangirwa kuvanamo inda n’urukiko rw’ikirenga uyu munsi kabyaye umukobwa. Aka kana ko mu Buhinde ntabwo kazi ko kabyaye kubera ko igihe kari gatwite kabwiwe ko mu nda yako harimo ibuye rinini. Kabyaye uruhinja rupima 2.5kg kandi kabyara kabazwe nkuko inkuru Bwiza.com ikesha BBC ibigaragaza. Ubutegetsi buravuga ko […]
Inkubiri yâifungwa ryâamashuri makuru ntiyaba yarirengagije itegeko riyagenga?
Inama y’Igihugu y’Amashuri Makuru mu Rwanda(HEC) yahagaritse amashuri nâamashami nyuma yâigenzura ryakozwe bagasanga batujuje ibisabwa. Iri fungwa ryagize ingaruka ku babyeyi, abanyeshuri, abarezi nâabakozi bakoraga muri kaminuza nâamashuri makuru yafunzwe. Aya mashuri yahagaritswe muri Werurwe 2017. Ni Rusizi International University,Singhad Tehcnical Education Society(STES) , Mahatma Ghandi University-Rwanda na Nile Source polythechnic of applied arts. Hari […]