Dore amafoto y'ikiraro cya mbere kirekire ku isi

Leta y’u Bushinwa iherutse gufungura ku mugaragaro ikiraro bivugwa ko ari cyo kirekire ku isi gica mu kirere, iki kiraro kukaba gihuza imisozi 2 iteganye. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Iki kiraro kiri muri parike ya Zhangjiajie iherereye mu ntara ya Hunan iri mu gihugu hagati, gifite uburebure bwa metero 430 uturutse ku ruhembe rwo hakurya kugera hakuno […]

Ese Kazungu uvugwa mu ndirimbo 'Bihibindi' ya Fireman yaba ari Jay Polly?

Birakekwa ko amagambo Umuraperi Fireman yaririmbye mu ndirimbo ‘Bihibindi’, avugamo umuntu yise Kazungu witukuje yavugaga umuhanzi mugenzi we Jay Polly n’ubwo uyu muhanzi we adashaka kwerura ngo abyemeze. Mu minsi ishize ni bwo Fireman wahoze mu itsinda rya Tuff Gangz, yashyize hanze indirimbo yise ‘’Bihibindi’’, mu magambo y’iyi ndirimbo hari izina yagarutseho rya “Kazungu’’, abakunzi […]

Abagore b’abaperezida 5 bazwiho kuba baracaga inyuma abagabo ba bo muri Afurika

Mu gihe usanga abakuru b’ibihugu bimwe na bimwe barangwa n’ingeso yo gutunga abagore barenze umwe muri Afurika, ndetse n’ufite umugore umwe w’isezerano ugasanga amuca inyuma, hari abagore b’abakuru b’ibihugu na bo bagiye barangwa no guca inyuma abagabo ba bo guhera mu bihe byashize. Ni muri urwo rwego Bwiza.com yabakoreye urutonde rw’abagore 5 bazwi ho kuba […]

Nk'undi mukinnyi wese, nanjye nifuza gukinira ikipe y'igihugu- Danny Mwiseneza

Mwiseneza Danniel uzwi nka Danny wahoze ari myugariro w’ikipe ya Mukura Victory Sports kuri ubu wamaze kwerekeza mu ikipe ya Musanze Fc aratangaza ko umwaka utaha w’imikino 2017-2018 afite ingamba yafashe zizamufasha kwitwara neza. Danny waciye mu makipe agiye atandukanye nka Kirehe Fc , akahava yerekeza muri Kiyovu Sport agakinamo igihe cyingana na amezi 2, […]

Abagore bahagarariye u Rwanda na Kosovo muri Amerika baganiriye agahinda k’ubuhunzi banyuzemo

Mukantabana Mathilde na Vlora à‡itaku bahagarariye ibihugu byabo muri Leta zunze ubumwe za Amerika bombi babaye mu nkambi z’impunzi bakiri bato, kandi ibihugu byabo byabayemo jenoside. Baganiriye inzira y’umusaraba banyuzemo, kugeza babaye abo baribo ubu. Ni mu kiganiro Politico’s Women Rule podcast. Vlora à‡itaku ukomoka muri Kosovo yahungiye muri Masedoniya ku myaka 18, naho Mukantabana […]

Muri Kaminuza y’u Burundi haravugwa umwuka mubi hagati y’abanyeshuri ushobora kuvamo ihangana

Amakuru aturuka mu itangazamakuru ry’u Burundi aravuga ko abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Burundi, muri campus ya Mutanga, babarizwa mu rubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD ruzwi nk’Imbonerakure, bari guhohotera bagenzi babo, aho usanga ngo ari bo bashyiraho amategeko agenga imyitwarire muri kaminuza, ndetse ngo bagakora irondo ninjoro bitwaje impiri ari ko bagenda bakubita bagenzi babo b’abanyeshuri bahuye. […]

Perezida Mugabe yerekeje muri Afurika y’Epfo gukurikirana iby’umugore we wakubise umuntu

Perezida wa Zimbabwe, Robert Mugabe ari muri Afurika y’Epfo ku buryo butunguranye, aho yagiye gukurikirana ibibazo by’umuryango we birimo iby’umugore we uherutse gukubitirayo umwana w’umukobwa ndetse n’iby’abahungu be bavugwaho imyitwarire idahwitse. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Aya makuru Bwiza.com ikesha BBC avuga ko perezida Mugabe yari ategerejwe muri kiriya gihugu kuwa Gatandatu, aho yari kuzaba yitabiriye inama y’abakuru […]

Ndi umukobwa w’imyaka 27,ndashaka umukunzi ufite gahunda utagamije ubusambanyi

Nitwa Nikuze Emelyne, ndi umukobwa w’imyaka 27, ntuye mu ntara y’Amajyepfo nkaba nifuza umusore tubyumva kimwe, nyabuneka sinshaka abantesha umutwe kuko ntabwo nshaka ugamije ubusambanyi. Si mvuze ngo ndashaka umusore usa utya cyangwa ukora iki cyangwa kiriya, icyo nshaka ni umusore ufite gahunda yo gukunda apana ibyo gukina cyangwa gushurashura, anyandikire kuri iki kinyamakuru bwiza.com. […]

RDC: Loni yemeje ko impuguke zayo, Sharp na Catalan, zishobora kuba zarishwe n’inyeshyamba

Iperereza ry’Umuryango w’Abibumbye ryasanze impuguke 2 zawo ziherutse kwicirwa muri Congo zishobora kuba zarishwe n’inyeshyamba, ariko ngo nubwo nta bimenyetso bihari ntibikuyeho ko haba hari abandi babigizemo uruhare. Micheal Sharp, umunyamerika wari umuhuzabikorwa w’itsinda ryigenga ryari rishinzwe kugenzura uko ishyirwa mu bikorwa ry’ibihano ryubahirizwa, na Zaida Catalan, Umunyasuedekazi bari kumwe, bishwe kuwa 12 Werurwe bari […]

Kayonza: Umukecuru wasabiwe n’Abadepite kubakirwa amaze umwaka agisembera

Musaniwabo Josiane ufite imyaka 63 utuye mu mudugudu w’Akabarima mu kagari ka Nkamba, Umurenge wa Ruramira mu karere ka Kayonza, arasaba gutabarwa kubera ubuzima bubi abayemo n’inkunga Abadepite bamusabiye amaze umwaka ayitegereje amaso yaheze mu kirere. Ubwo Abadepite basuuraga umurenge wa Ruramira, yabagejejeho ibibazo afite, abayobozi basabwa kumufasha akabona icumbi ndetse n’inkunga ya VUP, umwaka […]

Nigeria: Umuhanzi wa Gospel wari warihimbye Yesu yahitanywe n’impanuka

Umuvugabutumwa akaba n’umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana wo muri Nigeria witwa Bishop Fernandez wari warihimbye Yesu yapfuye azize impanuka y’Imodoka. Uyu muhanzi wabiciye bigacika muri kiriya gihugu yamenyekanye cyane mu nsirimbo zisingiza iyo mu Ijuru ariko na none abantu bakaba batavugaga rumwe ku izina yihimbye rya Yesu. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu musore wari ukiri muto ngo yihimbye […]

Uganda: Yatawe muri yombi azira kwiyita umuvandimwe wa AIGP Kaweesi ashaka indonke

Igipolisi cya Uganda muri Masaka cyataye muri yombi umusore w’imyaka 29 wagendaga yiyita umuvandimwe wa nyakwigendera AIGP Andrew Kaweesi. Uyu witwa Mubarak Mucunguzi, waniyitaga Mubarak Munyagwa, yafatiwe n’abapolisi ahitwa Kayirikiti mu mujyi wa Nyendo. Umuvugizi w’igipolisi mu karere, Lamech Kigozi, avuga ko uyu yafashwe arimo kwaka amafaranga umuntu ucunga akabari kari mu mujyi yafatiwemo. [xyz-ihs […]

Rubavu: Imiryango 24 y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania ntiyishimiye ubuzima ibayeho

Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania batujwe mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, mu Ntara y’Iburangerazuba, ntibishimiye ubuzima babayemo, aho bavuga ko bimwe ibyangombwa by’amazu n’iby’imirima bahawe ndetse ngo n’abasirikare bakaba bababuza guhinga kuko umutekano utizewe neza. Imiryango igera kuri 24 y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania niyo yatujwe mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu […]

Buravan nta nshuti y’umukobwa agira nubwo akundwa na benshi- Ikiganiro kirambuye

Abakunzi ba Bwiza.com, bagenda badusaba kuganiriza bamwe mu byamamare bakunda, kuri iyi nshuro twaganiriye n’umuhanzi Buravan uzwi cyane mu ndirimbo Malaika, Bindimo, n’izindi agira byinshi avuga ku buzima bwe. Kurikirana ikiganiro kirambuye twagiranye: Bwiza: Uratangira utwibwira? Bravan: Nitwa Dushime Burabyo Ivan, navutse tariki ya 27 Mata 1995, mvuka mu muryango w’abana 6 ndi umuhererezi. Bwiza: […]

U Buhinde: Byinshi ku gace k’icyaro kahawe izina rya Trump

Izina Trump, ni izina ryaakunze kugaruka cyane mu bitangazamakuru bitandukanye hiryo no hino ku isi, kuva perezida w’Amerika Donald Trump yatangira kwiyamamariza kuyobora Amerika. Nyamara, iri zina ryahozeho kuko hari inyubako ze ndende ziri muri Amerika zamwitiriwe ariko zikaza kumenyekana aho na we amenyekaniye nk’umukandida ku mwanya wa perezida w’Amerika. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Aha bwiza.com yavuga […]

Muhanga: Ubuyobozi bw’akarere bwunze umuturage na gitifu wamennye ibiryo by’ubukwe

Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga, bwunze umuturage witwa Minani Sylvestre n’umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Kinini mu murenge wa Shyogwe wamennye amafunguro ku munsi w’ubukwe ngo ntibagiye kwamamaza. Muri Nyakanga nibwo Minani yari afite ubukwe, ubwo yakiraga abashyitsi mu rugo ngo nibwo umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari, Uwimana Fotide yahabasanze adobya ibirori, abaturage bakamushinja kubamenera amafunguro [ibyo kurya no […]

Uganda: Abakozi ba leta 6 bahagaritswe ku kazi kubera imyambarire idahwitse

Abakozi 6 b’akarere ka Ntungamo muri Uganda bahagaritswe ku mirimo ya bo kubera ikibazo cy’imyambarire mu kazi abayobozi ba bo bakuru bavuga ko idahwitse. Aba bakozi bose b’igitsina gabo bahagaritswe n’umuyobozi mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe imiyoborere , Kweyamba Ruhemba akaba yabahagaritse avuga ko imyambarire ya bo yaheshaga isura mbi abo bayobora n’abo bakorana ndetse n’akarere […]

Abana 5 bo mu muryango umwe bahiriye mu nzu barakongoka

Polisi ya Uganda ikorera mu karere ka Kyankwanzi muri Uganda iri mu iperereza ku cyaba cyaateje inkongi y’inzu yahiriyemo abana 5 b’abavandimwe. Aba bana 5 b’uwitwa Mohammed Ssali bafite imyaka guhera kuri 12 kumanura, baahiriye mu nzu kuwa Kabiri w’iki cyumweru mu gace ka Butemba ubwo ababyeyi ba bo bari babasize mu rugo bonyine. [xyz-ihs […]

Abagore bo mu cyaro baracyafite imbogamizi nyinshi zituma badakora mirimo ibyara inyungu

Bamwe mu bagore bo mu cyaro, bavuga ko na nubu bakizitirwa no kwirirwa mu mirimo yo mu rugo, ubusanzwe itabarirwa agaciro mu mafaranga, bikababera inzitizi yo gutuma batabasha kwiteza imbere, kuko umwanya munini bawumara ari muri ya mirimo yo mu rugo. Mujawimana Berancille utuye mu kagari ka Gifumba, umurenge wa Nyamabuye, umubyeyi w’abana batatu, avuga […]

Kenya:Raila Odinga watsinzwe mu matora agiye kwiyambaza urukiko rw’ikirenga

Raila Odinga wari mukandida watanzwe n’ihuriro ry’amashyaka mu matora ya perezida wa Repubulika muri Kenya,yatangaje ko agiye kwiyambaza urukiko rw’ikirenga nyuma yo gutangaza ko yibwe amajwi. Mu nkuru igaragara kuri Citizen TV , Odinga yatangaje ko nubwo yari yaravuze ko batazagana urukiko rw’ikirenga, bisubiyeho bakaba bagiye kuregera uru rukiko, kuko ngo bibwe amajwi, biciye mu […]

Zambia:Perezida Lungu yatagetse gupima virusi ya Sida n'abatabishaka

Perezida wa Zambia, Edgar Lungu yategetse ko abaturage bose bagiye kujya bapimwa virusi itera Sida batabimenyeshejwe kandi bagahabwa imiti igabanya ubukana mu bitaro byose. Yabitangaje ubwo yatangizaga ubukangurambaga bwo kurwanya Sida, ku wa kabiri mu mu mujyi wa Lusaka nkuko Ikinyamakuru Africanews kibigaragaza. Ibi biranagaragara ku rubuga rwe rwa Twitter, agaragaza ko bigamije guhangana n’ikibazo […]

Perezida wa Green Party yareze minisitiri w’ubuzima kumwima uruhushya rwo guhinga urumogi

Perezida w’ishyaka Green Party mu gihugu cya Zambia, Peter Sinkamba, yajyanye minisitiri w’ubuzima mu rukiko amurega kwanga kumuha uburenganzira bwo guhinga urumogi rwo gukoresha mu buvuzi. Bwana Sinkamba mu itangazo yashyize ahagaragara akaba yavuze ko ishyaka rye ryitabaje Urukiko Rukuru rwa Kabwe, ku cyemezo cya minisitiri cyo kwanga kumuha uburenganzira bwo gutumiza, kohereza, no guhinga […]

Umuyobozi wa gurupe ya Whatsap yatawe muri yombi

Urukiko rwa Malindi muri Kenya rwakatiye kuri uyu wa Gatatu gufungwa iminsi 5 ngo hakorwe iperereza ku biganiro bikorerwa muri gurupe ye. Polisi ya Kenya yatangaje ko uyu musore yatawe muri yombi kubera ubutumwa butera ubwoba inzego z’umutekano zo mu gihugu cye bwatangajwe muri gurupe ye. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Umuvugizi w’urukiko, Yvone Khatambi yavuze ko mu […]

Rubavu: Umurambo w’umukecuru wasanzwe mu ishyamba ry’inturusu

Mu kagari ka Kirerema, umurenge wa Kanzenze mu karere ka Rubavu, habonetse umurambo w’umukecuru Nyirabahizi Gaudence wishwe aciwe umutwe, mu ishyamba ry’inturusu. Ababonye uyu murambo bwa mbere mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, bavuga ko bawusanze mu ishyamba ry’inturusu watangiye kwangizwa n’imbwa. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanzenze, Nyiransengiyumva Monique avuga ko uyu mukecuru w’imyaka […]

Kimironko:Abarimo gukoresha imodoka mu igaraji ryafunzwe na RRA barataka igihombo

Abantu batandukanye bafite imodoka bari barimo gukoresha mu igaraji Rwagasore’s Family Garage rikorera mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo barasaba ko bafashwa mu gihombo bagize ubwo iri garaje ryafungwaga muri iki gitondo. Iri garaji ngo ryafunzwe ahagana saa tanu zo muri iki gitondo, nyiraryo asabwa kugura akamishini gatanga inyemezabwishyu(EBM), ariko ba nyiraryo bakavuga […]

Dore abantu umusore uri mu rukundo akwiriye kwirinda

Nyuma y’aho bigaragariye ko hari abantu basenya byihuse kandi mu buryo bworoshye umubano w’abikundaniye twifuje kubagezaho abantu umusore agomba kugendera kure kugira ngo abashe kuba mu rukundo ruhamye n’umukunzi we. Inshuti z’umukobwa mukundana nizo zishobora kuba intandaro z’isenyuka z’urukundo rwanyu, Umusore arasabwa kuzitondera cyane. Hari amakosa umusore agomba kwirinda gukora igihe cyose ari kumwe n’inshuti […]

Rutsiro:Abakobwa 400 babyariye iwabo barimo abanduye SIDA babayeho mu buzima bubi

Abakobwa basaga 400 bo mu tugari dutatu muri dutandatu tugize Umurenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro babayeho mu buzima bavuga ko ari bubi bwo kutabona iby’ibanze ku buryo hari n’abashobora kubwanduriramo Virusi ya Sida, mu gihe n’abayanduye badatinya kuryamana n’abatikingiye. Aba bakobwa 400 bibumbiye muri Koperative ‘Twigarurire icyizere’ y’abacikirije amashuri bashingiwe n’umwe mu baturage […]

Burundi: Abacuruzaga imboga n'imbuto mu Rwanda barataka igihombo gikabije

Abagore b’abacuruzi mu Ntara ya Cibitoke ihana imbibi n’u Rwanda, baravuga ko bahangayikishijwe n’ibicuruzwa byabo bigizwe n’imbuto n’imboga bagurishaga mu Rwanda none ubu bakaba batakibyemerwe bakaba basaba ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda n’u Burundi byashakirwa umuti bagakomeza ubucuruzi bwabo. Kuva ibibazo byo mu Burundi byatangarira, abagore b’abacuruzi bo muri Cibitoke bategetswe kutazongera kugurisha imbuto […]

Sofiane Feghouli wakiniraga West Ham yerekeje mu ikipe yo muri Turukiya

Sofiane Feghouli ukomoka muri Algeria w’imyaka 27 y’amavuko wakiniraga ikipe ya West Ham yamaze kuyivamo yerekeza muri Galatasaray yo muri Turukiya atanzweho asaga milliyoni 4 z’amapawundi, asinyamo amasezerano agera ku myaka itanu. Feghouli wavukiye mu gace ka Levallois Perret ho mu gihugu cy’Ubufaransa, ariko akaba afite ababyeyi bakomoka muri Algeria yamaze kuva mu ikipe ya […]

Nyamasheke: Ikijumba kirarya umugabo kigasiba undi, byahariwe abo mu cyiciro cya 4 cy’ubudehe

Bamwe mu baturage b’akarere ka Nyamasheke bavuga ko ibiciro by’ibiribwa byatumbagiye cyane, n’abarwarizaga ku bijumba ubu ntibabasha kubyigondera babihariye abishoboye bo mu cyiciro cya 4 cy’ubudehe. Mu kiganiro Bwiza.com yagiranye n’abaremaga isoko rya Tyazo mu murenge wa Kanjongo ahafatwa nk’umujyi w’aka karere, bayitangarije ko bitoroshye kugaburira abana ibijumba muri iki gihe kuko ngo byazamuye ibiciro […]

Tanzania: Impunzi z’Abarundi zahanganye n’igipolisi zibwirwa ko uzongera azafatwa nk’uwateye igihugu

Impunzi z’Abarundi mu Nkambi ya Nduta kuri uyu wa Mbere zashije imyigaragambyo ikomeye biba ngombwa ko igipolisi cya Tanzania kitabazwa abasaga 10 mu mpunzi bakomerekera mu guhangana n’abapolisi, Abigaragambyaga bakaba barasabaga ibyo kurya ndetse n’inkwi zo kubitekesha, dore ko mu minsi ishize izindi mpunzi zatemaguwe n’abaturage ba Tanzania bagiye gusenya inkwi hanze y’inkambi. Biravugwa ko […]

Portugal: Igiti cyagwiriye abizihisaga umunsi mukuru wa Bikira Maria, 12 bahita bapfa (Amafoto)

Ibitangazamakuru byo mu gihugu cya Portugal bitarangaza ko abantu bagera kuri 12 bapfuye bagwiriwe n’igiti mu gihe bari mu birori byo kwizihiza umunsi mukur w’ijyanwa mu ijuru kwa Bikira Maria (Asomusiyo). [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Iki giti cyaguye kandi, ngo ni kimwe mu biti byakururaga abakerarugendo benshi mu birwa bya Madeira biri muri kiriya gihugu aho uru […]

Dream Boyz yatangaje icyo ishyize imbere nyuma yo kwegukana Guma Guma

Abahanzi Platini Nemeye na Mujyanama Jean Claude bagize itsinda rya Dream Boyz, baratangaza ko nyuma yo kwegukana Guma guma aho gucika intege ahubwo ko bagiye gukaza umurego. Mu kiganiro kigufi bagiranye na Bwiza.com, ubwo babazwaga ibikorwa bateganya muri iyi minsi bagize bati ”Akazi kacu ni ugusohora indirimbo nziza kandi zinyura abantu, nk’uko mubizi tumaze igihe […]

Triangle Rouge: Uduce 5 ku isi duhora dututumbamo intambara tukanabuza abayobozi gusinzira

Utu ni tumwe mu turere two ku isi duhora mu makimbirane, abayobozi baduturiye bagahora bahangayitse ku buryo isaha ku isaha umwe ku ruhande rwe aba ahangayikiye inyungu z’igihugu cyangwa ishyaka rye, ndetse binateganywa ko isaha ku isaha n’intambara yarota. Gusa ayo makimbirane hari n’ubwo ubona aba ahuriwemo ibihugu birenze kimwe, ndetse n’uturere tugahangana rumwe mu […]

Umugore n’umugabo bafashwe basambanira aho bategera Gari ya moshi

Umusore utatangajwe amazina yafashwe na kamera asambana n’umukobwa aho bategera Gari ya moshi mu mujyi wa Niw York. Uyu musore wari utegereje umwanya munini hamwe n’abandi, ngo yumvise arambiwe atangira kwishakira ibindi yaba ahugiyeho mu gihe bari bagitegereje Gari ya moshi, mu gihe n’abandi bakoraga ibindi bitandukanye, atangira kwiyegereza umukunzi we bari kumwe. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] […]

Abanyarwanda basaga 90 birukanwe muri Uganda

Abakozi b’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka batangije mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri umukwabu wo guhiga abantu binjira muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko bava mu Rwanda, aho umukwabu uri gukorwa n’abapolisi n’abasirikare bo mu kigo cya Makenke. Abanyarwanda 95 bafashwe bakajyanwa kuri station ya polisi ya Mbarara nyuma bashyizwe muri bus 2 zibasubiza mu […]

Uganda: Urujijo ku waba yarashimuse Sgt (Rtd) Rutagungira hagati y’igipolisi na CMI

Igipolisi cya Uganda mu rwego rw’iperereza ku ibura rya Sgt (Rtd) Rene Rutagungira kuri uyu wa Gatanu ushize cyafashe umugore we, Jacinta Dusangeyezu kimutwara kuri station ya polisi ya Old Kampala kimuhata ibibazo nk’uko tubikesha Chimpreports. Iyi nkuru ikaba ivuga ko igipolisi cya Uganda kirimo gushaka Rutagungira washimutiwe mu kabari kitwa Bahamas Bar mu ijoro […]

Sugira wari utegerejwe nk’umucunguzi mu mukino uzahuza Amavubi na Uganda yavunitse

Umukinnyi wari utegerejweho gufasha ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Amavubi, mu mukino yari gukinamo na Uganda Cranes mu irushanwa rya CHAN, Sugira Ernest yavunitse igufa ry’umurundi adakinnye uwo mukino, bikavugwa ko ashobora kumara amezi atanu adakina. Uyu musore ukina mu b’imbere bataha izamu wari uherutse gusinya kontara y’umwaka umwe muri APR FC yavunikiye mu myitozo ye […]

Ferwafa yongeye guhomba arenga miliyoni 500 kubera isoko rya hoteli rifutamye

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryongeye kujya mu gihombo giturutse kuri Hoteli yaryo, dore ko ryisanze rigomba kwishyura miliyoni 500 kuri rwiyemezamirimo wagombaga kubaka hoteli ya Ferwafa, gusa bikarangira yambuwe isoko kuko ryatanzwe binyuranyije n’amategeko . Isoko ryo kubaka Hotel ya Ferwafa yitezwe kuzatwara asaga miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda, ku ntango ryari ryahawe sosiyete […]

Rwamagana: Ababana n’ubwandu bwa Virus itera SIDA barinubira serivisi bahabwa kwa muganga

Ababana n’ubwandu bwa Virus itera SIDA bakurikiranwa n’ikigo nderabuzima cya Rwamagana giherereye mu murenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana, bavuga ko bahabwa sirivisi zitanoze. Ku wa Mbere tariki ya 14 Kanama 2017, mu masaha ya saa tanu n’igice ubwo Bwiza.com yageraga ku kigo nderabuzima cya Rwamagana, yasanze abakobwa n’abagore bagera kuri 7 bitotombera kubwirwa […]

Ari mu mazi abira nyuma yo kugaragaza amashusho y’umwana we yamuziritse umugozi mu ijosi

Umugore witwa Nauremon Jampasert w’imyaka 28 y’amavuko ari mu mazi abira nyuma yo gushyira ku mbuga nkoranyambaga ifoto y’umwana we w’umwaka umwe yamuziritse umugozi mu ijosi, munsi hariho amagambo ko agiye kumumanika. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu mugore wo mu mujyi wa Bankok muri Thailand yavuze ko ibi yabikoze kuko se w’umwana yanze gufata telefone ngo baganire […]

Iyo dusenze abasambanyi n’abasinzi bagakizwa, intego tuba tuyigezeho- Rev. Past Devotha

Umushumba w’itorero ‘Eglise Pentecote Amour de Dieu”, Rev Past Mushimiyimana Devotha, avuga ko iyo basenze ibitangaza bikaba abasinzi, abasambanyi n’abandi bari mu nzira mbi bakihana, ko intego iba igezweho. Ibi yabitangaje ku wa 13 Kanama 2017, ubwo hasozwaga igiterane cy’iminsi ibiri cy’isanamitima, cyaberaga ku rusengero rw’iri torero ruherereye mu mudugudu wa Rugogwe, akagari ka Bweramvura, […]

Sugira na Bakame bategerejwe nk’abacunguzi mu Mavubi azahangana na Uganda

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Antoine Hey aratangaza ko azongera imbaraga muri iyi kipe ubwo izaba ihura na Uganda mu mukino wo kwishyura uteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru mu majonjora ya CHAN 2018. Abo ni rutahizamu Sugira Ernest na Mugisha Gilbert bazasimbura mu rutonde rw’abakinnyi uyu mutoza azifashisha, aribo Aimable Rucogoza(Mambo) ukina mu b’inyuma na Mubumbyi […]

Zimbabwe: Grace Mugabe yishyikirije polisi y’Afurika y’Epfo

Umuvugizi wa polisi y’Afurika y’Epfo, Fikile Mbalula yavuze ko umugore wa perezida Mugabe wa Zimbabwe, Grace Mugabe yishyikirije igipolisi ndetse akanasaba guhita ashyikirizwa urukiko rwa Randburg kuri uyu wa Kabiri. Ni nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize, Grace Mugabe yakubise umwana w’umukobwa w’imyaka 20 muri Afurika y’Epfo ubwo yari amusanganye n’abahungu be muri hoteli bacumbitsemo. […]

Perezida wa Misiri yababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Perezida wa Misiri Abdel Fattah El Sisi yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali yunamira imibiri ihashyinguye, ahatangariza ubutumwa bw’uko ababajwe n’ibyabaye mu Rwanda, asaba ko bitagira ahandi byongera kuba ku Isi. Mu ruzinduko rw’iminsi ibiri arimo mu Rwanda yatangiye uyu munsi ku wa Kabiri tariki ya 15 Kanama 2017, Perezida Sisi nyuma yo […]

Inkomoko y'umunsi wo kujyanwa mu ijuru kwa Bikira Mariya

Umunsi w’ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya (Assumption of Mary), ni umunsi abantu benshi cyane cyane abo mu idini Gatulika bafata nk’umunsi mutagatifu, kuko ari bwo umubiri wa Nyina wa Jambo wajyanywe mu ijuru. Uyu munsi wizihizwa ahantu hatandukanye ku isi, byagera muri Amerika bikaba nk’ihame iyo uyu munsi utahuje n’umunsi wo kuwa Mbere. [xyz-ihs […]

Nyina wa Diamond yasuye umugore bivugwa ko yatewe inda n’umuhungu we

Ibyo Diamond yahakanye, byakemanzwemo ukuri, nyuma y’aho Nyina wa Diamond asuuriye umugore wagaragaye mu mashusho y’indirimbo ‘Salome’ wavuzweho gukundana no guterwa inda na Diamond. Hamissa aherutse gutangaza ko yibarutse umwana w’umuhungu, kugeza magingo aya ntarahakana cyangwa ngo yemeze niba umwana yabyaye ari uwa Diamond nk’uko byakunze guhwihwiswa. Byabaye urujijo ndetse bamwe mu b’inkwakuzi batangira kwemeza […]

Abasabiriza n'abakoresha abana mu gusabiriza bafatiwe ibyemezo bikomeye

Igipolisi cy’u Rwanda cyaburiye ababyeyi cyangwa abandi barera abana bakabahatira kujya mu mihanda gusabiriza kivuga ko ukora ibi ashobora gukatirwa imyaka igera kuri 3 y’igifungo. Ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi mu ntara hakunze kugaragara abantu bafite ingeso yo gusabiriza mu mihanda, ahanini biganjemo abagore n’abana, aho usanga rimwe na rimwe […]

Perezida wa Misiri El-Sisi yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw'iminsi ibiri

Perezida wa Misiri, Abdel Fattah el-Sisi, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, ku Kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali i Kanombe yageze hafi saa sita z’amanywa yakiriwe na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame. Perezida Kagame yari kumwe n’abayobozi batandukanye barimo uw’Ububanyi n’amahanga, uw’Ubucuruzi Inganda n’Umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba, Francois Kanimba, uw’Ibikorwaremezo, James […]

Rubavu: Imiryango y’Abanyamulenge yiciwe ababo mu Gatumba irasaba ko ubutabera bwubahirizwa

Abaturage bo mu Mujyi wa Gisenyi, mu Karere ka Rubavu, basaga 1000 bifatanije n’imiryango y’abakongomani bo mu bwoko bw’Abanyamulenge kwibuka ku nshuro ya 13 ubwicanyi bwakorewe Abanyamulenge basaga 166 bwabereye mu Nkambi ya Gatumba mu gihugu cy’u Burundi kuwa 13 Kanama 2004. Insanganyamatsiko yo kubibuka yagiraga iti: “ Turwanye Jenoside duharanira ubutabera ” Mu batanze […]

Umugore wa Bebe Cool atwite inda ya Gatanu

Umugore w’umuhanzi Bebe Cool wo muri Uganda atwite inda ya Gatanu, ibinyamakuru byo muri Uganda byakomejwe gutebya bivuga ko uyu mugabo mu gutera inda aza mu myanya y’imbere Bebe Cool ubwe niwe wasangije abakunzi be amakuru y’uko umugore we, Zuena Kirema azibaruka umwana we wa 5 mu minsi micye iri imbere. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu muryango […]

Burundi: Umusirikare yishe mugenzi we, umuturage yicwa na grenade

Umusirikare ufite ipeti rya 1er Sergent-Major witwa Ndayizeye ufite numero imuranga mu gisirikare,71296, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere yarashwe na mugenzi we aramwica ubwo bari ku birindiro byabo biri ku gasozi ka Nyarutongo, Komini Giteranyi mu Ntara ya Muyinga. Uwakoze ubu bwicanyi ni Caporal Mugabo numero 59847, wahise aburirwa irengero akagenda atwaye imbunda […]

Ese umugore umaze igihe kirekire adakora imibonano mpuzabitsina ububobere yagiraga buragabanuka?

Iki ni ikibazo benshi bagiye bagarukaho mu bagiye batwandikira kuri Bwiza.com, bibaza niba mu gihe umugore amaze igihe kirekire adakora imibonano mpuzabitsina, ububobere yagiraga mu gitsina bwiyongera cyangwa se bugabanuka? Dore uko abantu batandukanye bagiye bagira icyo babivugaho: 1.Umugore [amazina ye yahishwe], njye we narimfite umugabo, hashize imyaka 9 dutandukanye, twatandukanye tumaze kubyarana umwana 1, […]

Umugabo, umugore n’abana 3 bishwe n’ibiryo bihumanye

Umuryango w’abantu 5 barimo umugore, umugabo n’abana ba bo 3 bapfuye bazize kurya ibiryo biroze, aba bakaba ari abo mu gace ka Anambra muri Nigeria. Uyu muryango ngo watangiye abana bacisha hasi no hejuru nyuma hakurikiraho umugabo, umugore na we ari na we wari wabatekeye aza guheruka boze bapfa mu masaha atageze no kuri 24. […]

Min. Mushikiwabo yihanganishije Abanya-Sierra Leone nyuma y’inkangu yahitanye abasaga 200

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, arihanganisha abaturage ba Sierra Leone baburiye abavandimwe n’inshuti mu mpanuka y’inkangu yahitanye abasaga 200 mu nkengero z’umurwa mukuru, Freetown kuri uyu wa Mbere, ndetse amazu menshi akaba yangiritse. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Croix Rouge iravuga ko imirambo 205 yajyanywe mu buruhukiro bukuru muri Freetown, mu gihe abasirikare n’abapolisi nabo bari […]

Zimbabwe: Grace Mugabe arashinjwa gukubita no gukomeretsa umukobwa amusanganye n’abahungu be

Umugore wa perezida wa Zimbabwe, Grace Mugabe arashinjwa gukukita umukobwa wo muri Afurika y’Epfo akamukomeretsa ubwo yari amusanze mu cyumba kimwe n’abahungu be baba muri kiriya gihugu. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Mu mpera z’icyumweru gishize, nibwo Grace Mugabe yagiye muri Afurika y’Epfo gukurikirana ibibazo by’imyitwarire y’abahungu be 2 baba yo, ubwo yasangaga bari kumwe n’umukobwa w’imyaka 20 […]

U Burusiya inzitizi mu gukurikirana Assad ku byaha by’intambara bifitiwe ibimenyetso simusiga

Uwahoze ari umushinjacyaha mukuru w’inkiko mpuzamahanga zashyiriweho u Rwanda n’icyahoze ari Yougoslavie, uherutse kwegura muri komisiyo yakoraga iperereza kuri Syrie, yatangaje ko ibimenyetso bihagije bihari ngo perezida wa Syrie, Bachar al-Assad akurikiranweho ibyaha by’intambara. Carla Del Ponte, Umugore w’imyaka 70 uhertse kwegura ku wa kane w’icyumweru gishize yatangaje noneho ko Perezida Assad yakurikiranwa kuri ibyo […]