Uganda: 2 Bafunzwe bazira gufatanwa impu z’ingwe n’igisamagwe

Polisi yo mu gihugu cya Uganda yataye muri yombi abagabo babiri bakekwaho kuba ba rushimusi nyuma yo kubafatana uruhu rw’ingwe n’urw’igisamagwe bifite agaciro ka miliyoni 2.5 k’amashiringi ya Uganda. Abo bagabo bafashwe ni Isaac Akobo w’imyaka 32 wari umwogoshi mu mugi wa Kapchorwa wafatanywe na Isaac Soyeko bivugwa ko yari afite imyaka 43 y’amavuko; bakaba […]

Umuherwe Makuza Bertin yitabye Imana

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu rishyira iryo kuwa Kane, tariki ya 3 Ugushingo 2016, umwe mu baherwe bakomeye mu Rwanda, Makuza Bertin yitabye Imana, uyu musaza akaba yazize urupfu rutunguranye. Amakuru yemeza neza ko uyu muherwe Makuza ku munsi wo ku wa Gatatu yari yaramutse neza nk’uko bisanzwe ndetse ko yafashwe ari mu […]

Ingabo zo mu bihugu by'Afurika zasabwe gusangizanya ubumenyi mu kubangabunga umutekano

Mu nama y’iminsi ibiri yaberaga mu Rwanda ihuza ibihugu by’Afurika mu bijyanye n’amasomo ya gisirikare yasojwe ejo kuwa 1 Ugushyingo 2016, igasozwa n’umugaba w’ingabo z’u Rwanda Major General Jacques Musemakweli wari uhagarariye igisirikare cy’u Rwanda; ibihugu nyafurika byasabwe gushyira hamwe mu guhangana n’icyahungabanya umutekano. Muri iyi nama yaberaga muri Kigali Radisson Blu Hotel igasozwa n’umugaba […]

Abashoferi barenga 8 bafashwe bagerageza gutanga ruswa

Gukaza ubukangurambaga n’ibikorwa birwanya ruswa muri Polisi y’u Rwanda byatumye hafatwa abashoferi 8, bivugwa ko bageragezaga guha ruswa abapolisi ngo bareke kubacisha ibihano bijyanye n’amakosa yo mu muhanda bari bafite. Abakekwa barimo Jean Bosco Ndabarinze w’imyaka 43, Safari Jean de Dieu w’imyaka 31 bafashwe ku italiki ya mbere Ugushyingo I Nyamirambo barimo gutanga ruswa y’amafaranga […]

U Rwanda mu bihugu bidashyigikira ubwisanzure bw’itangazamakuru ku isi-RSF

Urutonde rwasohowe n’umuryango w’abanyamakuru batagira umupaka Reporters sans Frontieres (RSF) rugaragaza ko ibihugu byinshi by’Afurika, Uburayi bw’uburengerazuba n’umugabane w’Aziya bikomeje kugaragaza guhohotera abanyamakuru no kudatanga ubwisanzure buhagije bwo gutanga ibitekerezo. Mu bihugu byo mu karere u Rwanda ruherereyemo nirwo ruri ku mwanya udashimishije ugereranyije n’ibindi bihugu kuko ruza ku mwanya wa 161 mu bihugu 180 […]

Ni umusore w'imyaka 26, arashaka umukunzi w'umukobwa w'inzobe unabyibushye mu rugero

Muraho neza nanjye maze gusura uru rubuga ndifuza umukunzi ariko akaba afite urukundo ruhamye kuko nanjye arirwo nifuza kdi nkaba nitegura kurumuha ukonshoboye, Ndi umusore wimyaka 26 ndi imibiri yombi m1 na cm75 nkaba ntabyibushye, ndi umuganga nkora mu bitaro bya Gisenyi ndashaka umukunzi rero umukobwa utari inzobe cyane m1 na cm70 akaba byibura yararangije […]

Ni Denis, arifuza umukobwa bakundana uri hagati y’imyaka (24-26)

Mbaje kubasuhuza ndi ingaragu mfite 27ans ndifuza umukunzi afite imyaka kuva (24-26) ntuye ku rubibe rw’u Rwanda n u Burundi Kanyaru haut uwo mukobwa yoba yarahejeje secondaire yoba afise longueur 1m 65cm 60-70 kg, please contact me on deniskayobera@gmail.com. Niba nawe ushaka umukunzi twandikire ubutumwa bwawe kuri iyi Email: itatheone08@gmail.com tuzabucisha aha kuri uru rubuga […]

Ishyaka Ishema rya Padiri Nahimana riraza gukorera mu Rwanda bitarenze uku kwezi

Ishyaka Ishema ry’u Rwanda rya Padiri Thomas Nahimana ryamaze gutangaza igihe rizazira mu Rwanda gutangira ibikorwa byo kwiyamamariza kuzahatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ateganyijwe mu mwaka utaha wa 2017. [ad id=”44145″] Mu kiganiro Padiri Nahimana, Umunyamabanga mukuru w’ishyaka Ishema ry’u Rwanda, Chaste Gahunde, Umunyambanga nshingwabikorwa, akaba n’ushinzwe itumanaho, ndetse na Nadine Kasinge umunyamabanga mukuru […]

Burundi: Ifungwa rya Major Desire Uwamahoro ngo rishobora kuryanisha bamwe mu bayobozi

Ku cyumweru tariki ya 30 Ukwakira 2016, nibwo inkuru yasakaye hose ko Major Desire Uwamahoro, umupolisi mu Burundi yatawe muri yombi n’urwego rushinzwe iperereza, ubu amakuru ava muri iki gihugu ni uko ifungwa rye rishobora guteza umwiryane mu bayobozi. [ad id=”44145″] Aya amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru Ubmnews, ni uko Uwamahoro agifungiye muri gereza y’urwego rw’iperereza impaka […]

Maroc: Umwami Mohammed VI yemeye kwishyurira umuhanzi ushinjwa gufata ku ngufu umufaransakazi

Nyuma y’uko umuraperi ukomoka mu gihugu cya Maroc Saad Lamjarred, afatiwe mu gihugu cy’u Bufaransa mu mpera z’icyumweru gishize ashinjwa gusambanya ku ngufu umufaransakazi, Umwami Mohammed VI yemeye kuzishyura ibisabwa n’urukiko byose ngo uyu musore arekurwe. Uyu musore w’imyaka 31 y’amavuko ngo yari yagiye mu Bufaransa mu cyumweru gishize, ategura igitaramo yagombaka kuzakorerayo ku wa […]

Uganda, Kenya n’u Rwanda byashyizeho komite ihuriweho ishinzwe kwamamaza ubukerarugendo

Uganda, Kenya n’u Rwanda byashyizeho komite ihuriweho ishinzwe kwamamaza ubukerarugendo no guteza imbere ahantu nyaburanga hasurwa muri Afurika y’Iburasirazuba mu imurikabikorwa rizwi nka World Travel Market Exhibition rizabera I London mu Bwongereza mu ntangiriro z’icyumweru gitaha kuva kuwa 07 kugeza kuwa 09 Ugushyingo. [ad id=”44145″] Asobanura iki gikorwa ibihugu bitatu byo muri EAC bizahuriraho mu […]

Ibintu 6 by’ingenzi ariko bigora abantu bagejeje imyaka 18 y’ubukuru

Uko umuntu agenda ava mu bwana hari ibintu bishya agenda ahura nabyo akaba asabwa kubyiga kugirango abashe kuba umuntu ujyanye n’igihe ndetse n’icyiciro cye cy’ubukuru. Umuntu wese ugejeje ku myaka 18 ku isi hose aba afatwa nk’umuntu mukuru, muri ubwo buryo hari ibintu bimugora kumenyera bitewe n’uburyo aba yararezwemo, muri ibyo birushya harimo ibi bikurikira. […]

RDC: Abayobozi b’inyeshyamba za FDLR baragererewe batabwa muri yombi

Capt. Theophile Twagiramungu wo mu mutwe wa FDLR nawe yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zimufatiye ahitwa Baraka muri Kivu y’Amajyaruguru hafi y’umupaka wa Congo n’u Burundi. [ad id=”44145″] Aya makuru yatangajwe na BBC ishami ryayo ryo muri Afurika rivuga ko naryo riyakesha abantu begereye umukuru w’igihugu, avuga ko Theophile […]

Philadelphia: Umusaza umaze imyaka 63 mu buroko arasaba gereza imperekeza

Umusaza w’imyaka 79 y’amavuko, unavugwaho kumara imyaka isaga 63 mu buroko, kuri ubu akaba yasabiwe kurekurwa n’urukiko ariko , afite impungenge ko nta cyo azimarira namara kugera hanze ya gereza kuko atiteganyirije bityo akaba yumva hari icyo yagenerwa nk’imperekeza. Uyu musaza ukomoka mu ntara ya Juvenille muri leta ya Philadelphia, yafunzwe afite imyaka 15 y’amavuko […]

Uwari umugaba w’ingabo za UNMISS yirukanwe ku kazi azize raporo ya HRW

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-moon yirukanye umugaba mukuru w’ingabo za Loni ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo nyuma ya raporo ya HRW igaragaza ko yananiwe kurinda abasivili biciwe muri hotel muri Nyakanga. [ad id=”44145″] UNMISS ishinjwa kuba itaratabaye ubwo ingabo za guverinoma zagabaga igitero ku basivili muri Hotel Terrain iri mu […]

Huye: Amatara yo ku muhanda yatumye amasaha y'akazi yiyongera

Bamwe mu bakorera mu Karere ka Huye barishimira ko amatara yo ku mihanda yabongereye amasaha yo gukora. Ibi bitangazwa n’abakorera ku masantere yashyizweho amatara yo ku mihanda. By’umwihariko abaturiye agasantere ka Arete ko mu murenge wa Kinazi, mu Karere ka Huye, bavuga ko basigaye bakora amasaha menshi mu ijoro, babikesha amatara rusange. [ad id=”44145″] Ni […]

“Nta mugore uzigera aba umupadiri.” Papa Francis

Umushumba wa kiliziya Gaturika ku isi hose papa Francis, yongeye gutsindagira ko nta mugore uzigera aba umupadiri mu idini gaturika. Ubwo yasozaga urugendo amazemo iminsi mu gihugu cya Swede, papa Francis yatumiye inama y’abanyamakuru aho mu byo baganiriye harimo no kuba nta na rimwe kiliziya gaturika y’I Roma izigera iva ku cyemezo yafashe cy’uko nta […]

Abasore n’abakobwa bashaka abakunzi (Fungura ubone nimero n’imyirondoro byabo)

1.Mbanje kubasuhuza amahoro y’imana abane namwe. Nanjye ndifuza umukunzi (umukobwa) utari mugufi, w’imibiri yombi akazi si ikibazo yiga Cg yararangije kaminuza yanyandikira kuri Iyi email evariste4@gmail.com Murakoze. 2.Hi, nanjye ndifuza umukunzi ufite gahunda niyo yaba afite abana nta kibazo mfite a2 muri mp, nkaba ndi umwalimu.akaba yambona kuri izi number :0723511783. [ad id=”44145″] 3.Nitwa Manu […]

Umuvugizi wa Kigeli aravuga ko ibyo kumutabariza mu Rwanda bitari muri gahunda

Umwami Kigeli V Ndahindurwa yatanze kuwa 16 Ukwakira aguye mu bitaro byo muri Oakton ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika azize uburwayi, akaba yarategetse u Rwanda kuva kuwa 28 Nyakanga 1959 kugera ahiritswe ku butegetsi kuwa 28 Mutarama 1961 akaba yari yarabonye ubuhungiro muri iki gihugu mu 1992. Uwahoze ari umujyanama we Benzige yatangaje […]

Afurika y’epfo: Perezida Zuma aratakambira urukiko ngo ruburizemo raporo kuri ruswa imuvugwaho

Nyuma y’iminsi micye mu gihugu cy’Afurika y’Epfo hakozwe raporo ivuga ku kibazo cya ruswa cyihishwe inyuma n’umukuru w’igihugu Jacob Zuba igiye gushyirwa ahagaragara, ubu Perezida Zuma ari gutakambira urukiko rwa Pretoria ngo rumukorere ubuvugizi iyo raporo ye gusohoka. Jeunafrique dukesha iyi nkuru ivuga ko iyi raporo yateguwe na Thuli Mandosela ushinzwe kurwanya ruswa muri kiriya […]

Perezida Museveni yategetse ko kaminuza ya Makerere ifungwa

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yasabwe ko kaminuza ya Makerere ifungwa nyuma y’uko imyigaragambyo y’abarimu n’abanyeshuri ikomeje gukaza umurego ibikoresho byinshi bikaba bikomeje kwangizwa kuva mu cyumweru gishize. Itangazo ryasinywe na perezida Museveni riragira riti “Mpereye ku bubasha mpabwa n’itegeko nshinga rya Uganda mu ngingo yaryo ya 26(2) igenga za kaminuza n’ibindi bigo bya […]

Inama y’iminsi 2 y’Akanama kayobowe na perezida Kagame kashinzwe kuvugurura AU yaberaga I Kigali yasojwe

Inama ngishwanama y’iminsi 2 yaberaga I Kigali ku mavugurura mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe y’akanama kashinzwe kugeza uyu muryango kuri aya mavugurura kayobowe na perezida Paul Kagame, yarangiye kuri uyu wa kabiri, ariko hakazakomeza ibikorwa byo kugisha inama mu byumweru biri imbere. [ad id=”44145″] Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Dr Nkosazana Dlamini […]

Jan Eliasson yashimye Leta y’u Rwanda agaya Loni yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi

Mu ruzinduko rw’akazi yagiriye mu Rwanda, Jan Kenneth Eliasson, umunyamabanga Mukuru wungirije w’Umuryango w’Abibumbye yashimye Leta y’u Rwanda yagize uruhare mu guhuza Abanyarwanda ndetse anaboneraho kugaragaza ko jenoside yabaye mu Rwanda ari ikimenyetso cy’ugutsindwa n’uburangare byaranze uyu muryango(ONU). Ibi yabitangaje nyuma yo gusura urwibutso rwa jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi,asobanurirwa uburyo jenoside yateguwe ikanashyirwa […]

Inyeshyamba za ADF zongeye kwica abantu 6 muri Kivu y'Amajyaruguru

Nk’uko bimenyerewe ko inyeshyamba za ADF/Nalu zikomoka muri Uganda zirara mu baturage mu gace ka Beni zikabica, kuri ubu zahitanye 6 mu giturage cya Kitevya giherereye mu birometero 8 uvuye i Beni muri Kivu y’Amajyaruguru. Amisi Kalonda, umuyobozi muri aka gace yatangaje ko izi nyeshyamba zigabye muri aka gace ku wa 31 Ukwakira 2016, zica […]

Rusizi: Umugabo yafashwe avunjisha amafaranga y'amiganano

Polisi y’u Rwanda itangaza ko ibikorwa byoyo byo kwigisha no kurwanya amafaranga y’amiganano hagamijwe kurinda ubukungu ikwirakwizwa ry’ayo mafaranga bikomeje gutanga umusaruro, kubera kuba maso kw’abakora ubucuruzi butandukanye n’ubufatanye bakomeje kugirana nayo ndetse n’izindi nzego z’umutekano. Ni nyuma y’aho umugabo witwa Mujyambere Patrick ukomoka mu karere ka Rusizi umurenge wa Kamembe, ku italiki 31 Ukwakira […]

Umubare w’abagore bahitanwa na cancer ngo uzazamuka kugera kuri miiyoni 5 muri 2030

Indwara ya cancer, ubusanzwe ihitana byibuze umwe mu bagore 7 ku isi buri mwaka. Ni icyorezo kiza ku mwanya wa 2 mu guhitana abantu benshi ku ndwara y’umutima. Mu bushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’ikigo cy’ubushakashatsi ku by’indwara ya Cancer muri Amerika Global Healh kuri uyu wa kabiri tariki ya mbere Ugushyingo 2016, bwerekana ko imfu z’abazira […]

Ni umusore ushaka umukunzi, ashaka umukobwa ubyibushye igice cyo hasi

Mwese ndabasuhuje cyane, nkunda gusura uru rubuga pe, ariko abenshi ni imikino gusa ntibazi icyo bashaka bigatuma nufite gahunda bamushyira muri kagatebo k’abakina, Njyewe si uko rero ndakomeje, ndifuza umukobwa ukuze guhera kuri 26ans kuzamura nushaka uzabe uri fille mere w’umwana umwe uzi icyo urukundo rusaba uzi kwita ku mukunzi we nange nkakwitaho mu rukundo […]

Ni umukobwa, arashaka umukunzi atitaye ku icyo ari cyo- (Fungura ubone nimero ze)

Ndashaka umugabo uko yaba ameze kose, yaba afite akazi yaba atagafite apfa kuba afite urukundo byaba byiza ari muremure bitari cyane kandi w’imibiri yombi.kuko nanjye ntakazi mfite ariko ukondi ndishoboye.ufite gahunda yampamagara kuri iyi nimero;0727875968. [ad id=”44145″] Niba nawe ushaka umukunzi twandikire ubutumwa bwawe kuri iyi Email: itatheone08@gmail.com tuzabucisha aha kuri uru rubuga kandi kuri […]

Ese abakirisitu bakwiye kwinezeza( babwita kurya ubuzima)?

Bibiliya ivuga ko igisubiza kuri iki kibazo ari “YEGO”, abayoboke ba kristo bemerewe kwinezeza ndetse kutabikora bishobora kuba icyaha, ariko ikirenze kuri iki gisubizo abantu bakwiye kumenya uburyo kwinezeza bya gikirisitu bikorwamo. Abantu benshi batekereza ko kkwinezeza binyuranyije n’imico y’abashaka kujya mu ijuru, iyi myumvire yaba ari ubuyobe, incuro nyinshi bibiliya yagiye yemerera abantu kwishimisha […]

Umunyarwenya Alex Muhangi wo muri Uganda agiye kuza kunezeza Abanyarwanda

Alex Muhangi, umunyarwenya ukomoka mu gihugu cya Uganda azaba ari mu mujyi wa Kigali mu mpera z’iki cyumweru aho azaba yitabiriye ibirori byo kumurika imideli bitegurwa na Cole agency. [ad id=”44145″] Mu kiganiro na Mukama Nichole, umunyamideli ukomeye wo mu gihugu cya Uganda, yatangarije Bwiza.com ko ibyo birori bizaba birimo udushya twinshi, kwiyerekana mu myambaro […]

Umuhungu wa Jose Chameleone yatsindiye umudari wa Zahabu mu koga

Umuhungu w’umuhanzi Jose Chameleone, Abba Marcus bakunze kwita T Rex aravugwaho kuba umwe mu bana bafite impano zitandukanye mu gihugu cya Uganda ariko cyane cyane akaba azwiho gutsinda amarushanwa ajyanye no koga. Mu mpera z’uku kwezi dusoje kw’Ukwakira yatsindiye ibihembo bikomeye birimo umudari wa Zahabu ndetse n’indi midari 2 y’Umuringa mu marushanwa yo koga mu […]

U Bufaransa bwasabye ibihugu by’Afurika byavuye muri ICC gusubiramo

Nyuma y’uko ibihugu byo ku mugabane w’Afurika birimo Gambia, Afurika y’Epfo ndetse n’u Burundi bishyize ku mugaragaro impapuro zigaragaza ubwegure mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha, leta y’u Bufaransa yasabye ko ibi bihugu bigarukamo hakavugururwa imikorere y’urukiko. [ad id=”44145″] Kuri uyu wa mbere tariki ya 31 Ukwakira, nibwo Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Bufaransa yatangaje ko ibi bihugu […]

Nigeria: Abashinzwe umutekano barashinjwa gusambanya abarekurwa na Boko Haram

Ku buryo butagirwaho impaka, abagore bagera kuri bane bemereye Human rights Watch ko bakorakowe ndetse basambanywa n’abashinzwe umutekano, abandi bagera kuri 37 bashowe mu mibonano mpuzabitsina babeshywe ko bashyingiwe nk’umugabo n’umugore cyangwa babeshywe ubufasha bw’amafaranga. [ad id=”44145″] Aba bose bemeza ko batamenye irengero ry’izo ngirwa bagabo babo nyuma y’uko babaga bamaze guterwa inda, ibi ngo […]

Polisi yafashe imodoka ebyiri zipakiyemo imifuka 6 y'urumogi na Waragi

Polisi y’u Rwanda yafashe umwe mu bari bapakiye ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye mu modoka ebyiri zafatiwe mu mikwabu yakozwe ku wa 31 Ukwakira, aho mu karere ka Kicukiro yahafatiye uwitwa Ahishakiye DieudonnĂ© apakiye imifuka itandatu y’urumogi muri Toyota Carina ifite nimero ziyiranga RAD 336 D, akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kicukiro. [ad id=”44145″] Umuvugizi […]

Koreya ya Ruguru: Hari impungenge ko perezida Kim Jong Un yaba yarivuganye umugore we

Impungenge zivanze n’ubwoba bikomeje kwiyongera hibazwa irengero ry’umugore wa perezida wa Koreya ya Ruguru ngo umaze amezi agera kuri arindwi atagaragara mu ruhame. Impungenge zikaba ziterwa no kuba perezida Kim Jong Un adatinya kwivugana abantu bo mu muryango we batumva ibintu kimwe cyangwa bakoze agakosa gato gusa. [ad id=”44145″] Umugore wa mbere muri Koreya ya […]

Mugore, kutayobora umugabo wawe ahakunyura mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina bishobora kugusenyera

Ahanini iyo tuvuze imibonano mpuzabitsina ntabwo tuba tuvuze ubusambanyi, tuba tuvuze ikorwa hagati y’abashakanye, iyi ngingo kandi ikaba ikunze gusenya ingo nyinshi mu gihe itagenze neza ku mpande zombi. Abagore benshi bakunze kwibwira ko umugabo ari we ugomba kumutegura cyangwa kumwibutsa ko bagomba gukora imibonano mpuzabitsina, we akaba yatinya kumusembura ,
ariko mu by’ukuri aba yibeshya […]

Ibihugu by’Afurika nibyo biza ku mwanya wa mbere mu kwica abanyamakuru ku isi

Muri raporo yashyizwe ahagaragara muri iki cyumweru na komite y’akanama karebera abanyamakuru ku isi, igaragaza ko byibuze abanyamakuru basaga 30 bamaze gupfa guhera mu mwaka ushize wa 2006 mu bihugu bya Sudani y’epfo, Somalia ndetse na Nigeria gusa. Ibihugu 2 byo ku mugabane w’Afurika birimo Somalia na Sudani y’epfo, ni byo bihugu biza mu myanya […]

RDC: Inyeshyamba 3 za Maà¯-Ma௠zaguye mu mirwano yazihuje n’abapolisi

Inyeshyamba 3 zo mu mutwe wa MaĂ ÂŻ-MaĂ ÂŻ kuri uyu wa Mbere, itariki 31 Ukwakira, ziciwe mu karere ka Mangina muri Beni ho muri Kivu y’Amajyaruguru, mu mirwano yazihuje n’abapolisi aho amakuru aturuka aha avuga ko guhangana gukunze kubaho iyo hahigwa agatsiko k’abarwanyi b’uyu mutwe ngo kagenda gashyira za tatouages ku bana b’ingimbi bo muri iyi […]

MINEDUC iravuga ko gukopera ntaho byamenera mu bihe by’ibizamini bya leta

Kuri uyu wa 1 Ugushyingo 2016, abanyeshuri basoza amashuri abanza mu gihugu hose batangiye ibizamini bya leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2016. Mu muhango wo gutangiza ibi bizami ku rwego rw’igihugu wabereye ku ishuri ribanza rya St Famille mu mugi wa Kigali, Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) yatangaje ko ibijyanye no gukopera mu bizamini yahagurukiye kubirwanya n’aho […]

Bomboribombori muri Rayon sport, Komite zananiwe kumvikana ku mutungo w'ikipe

Inkuru ibabaje ku bakunzi n’abafana b’ikipe ya Rayon Sport izindukiye mu binyamakuru bitandukanye ivuga ko batatu mu bari abayobozi b’umuryango wa Rayon Sport bamaze kwegura ku mirimo yabo nyuma y’ubwumvikane buke mu micungire y’umutungo w’iyi kipe y’i Nyanza . [ad id=”44145″] Abeguye ni uwari umunyamabanga Mukuru akaba n’umuvugizi w’umuryango wa Rayon Sports Ange Claudine Musabende, […]

Umunyamakuru Robert Mugabe ngo ahangayikishijwe n’umutekano we n’uwabamuha amakuru

Umunyamakuru Robert Mugabe, umuyobozi w’ikinyamakuru cyigenga, Graet Lakes Voice, aravuga ko ajya ahohoterwa n’abantu bari mu myambaro ya gisivili harimo bamwe bafite imbunda ndetse bakamwibwira nk’abashinzwe umutekano, aho avuga ko rimwe yahohotewe n’abo bantu bakamutwara telephone akaba avuga ko ahangayikishijwe n’umutekano we ndetse n’uw’abajyaga bamuha amakuru. [ad id=”44145″] Mugabe avuga ko ubwa mbere hari kuwa […]

Miss Uganda, Anita Fabiola yongeye gushyira hanze amafoto ashotora abagabo- AMAFOTO

Anita Fabiola, umunyamakuru mu gihugu cya Uganda wanacyambariye ikamba nk’igisonga cya mbere cya nyampinga, kuri ubu akomeje kuvugwa mu binyamakuru bitandukanye nyuma yaho ashyiriye amafoto ku Karubanda asa nk’ashotora abagabo. Ikinyamakuru howwe.bi cyo muri Uganda cyo gitangaza ko ari amafoto ya Fabiola yambaye ubusa, gitangaza ko aya mafoto y’uyu mukobwa yavugishije amangambure abagabo benshi basanzwe […]

U Rwanda rwakiriye inama nyafurika mu bya gisirikare

Kuri uyu wa mbere tariki ya 31 Ukwakira 2016, u Rwanda rwakiriye inama Nyafurika ngarukamwaka y’iminsi 2, iyi nama ikaba ibaye ku nshuro ya 2, yiga ku mikoranire y’igisirikare mu bihugu bitandukanye ku mugabane wa Afurika ndetse no ku yindi migabane nka Amerika. [ad id=”44145″] Iyi nama yitabiriwe n’abasaga 100 barimo abahagarariye igisirikare mu bihugu […]

Umuyobozi wa Polisi ya MINUSCA yasabye abapolisi b’u Rwanda gukomeza kwesa imihigo

Umuyobozi w’agateganyo wa Polisi iri mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Centrafurika (MONUSCA), Gen. Roland Zamora yahamagariye imitwe ibiri y’abapolisi b’u Rwanda bari muri ubu butumwa gutera intambwe irushijeho besa imihigo nk’abo basimbuye. [ad id=”44145″] Gen. Zamora yabahaye ubu butumwa ku italiki 30 Ukwakira igihe yahaga ikaze abapolisi b’u Rwanda 280 bagize imitwe ibiri ariyo […]

Arusha: Haracyagaragara imbogamizi ku ikoreshwa ry'ifaranga rimwe muri EAC

I Arusha muri Tanzania hari kubera inama iri kwigirwamo uko abaturage bakura inyungu mw’isoko rusange ry’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC. Iyi nama yatangiye kuri uyu wa Mbere, itariki 31 Ukwakira ikaba isoza imirimo yayo kuri uyu wa Kabiri, itariki 01 Ugushyingo 2016. [ad id=”44145″] Amasezerano yo gushyiraho isoko rusange hagati y’ibihugu bigize uyu muryango wa […]

Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe

Ku itariki 30 Ukwakira 2016, Polisi y’u Rwanda mu karere ka Karongi yafashe ibyuma by’imodoka bitandukanye byibwe Kompanyi y’Abashinwa ikora imirimo yo kubaka imihanda mu turere twa Rusizi, Karongi na Rubavu yitwa “China Road and Bridge Corporation”. [ad id=”44145″] Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Uburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) ThĂ©obald Kanamugire yavuze […]

Huye: Abanyamuryango ba FPR barasaba ko icyicaro cya kaminuza cyasubizwa i Butare

Abanyamuryango b’ishyaka rya FPR Inkotanyi mu karere ka Huye intara y’amajyepfo barasaba ko icyicaro cya kaminuza y’u Rwanda cyakwimurirwa muri aka karere mu rwego rwo kugirango uyu mujyi urusheho gukomera mu burezi nk’uko ari byo aka karere kiyemeje gushyiramo ingufu mu rwego rwo gukomeza umujyi wa Huye muri gahunda yo gukora imijyi yunganira Kigali . […]

Gatsibo: Umweyo wa ba Gitifu uhitanye 3, hari n’abandi banugwanugwa

Inkubiri yo kwegura kw’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ikomereje mu karere ka Gatsibo mu ntara y’Uburasirazuba, nk’uko bimenyerewe imvugo iracyari yayindi ko beguye ku mpamvu zabo bwite, minisiteri y’ubutegetsi bwigihugu iherutse kwemeza ko kwegura kw’aba gitifu ntacyo gutwaye. Amakuru aturuka muri njyanama y’Akarere ka Gatsibo aravuga ko abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ya Rwimbogo, Nyagahanga ndetse n’uw’umurenge wa Gatsibo […]

Ibintu 3 bizakwereka umukobwa waryoshya imibonano mpuzabitsina umurebye ku mubiri inyuma

Ntibazakubeshye ngo abakobwa baryoshya imibonano mpuzabitsina kimwe, kuko ntibaremwe kimwe, kandi nanone abo baryohereza ntibakunda bimwe. Gusa nanone ntitwakwirengagiza ko ubumenyi n’uburambe umukobwa abifitemo bushobora kumufasha kuryoshya imibonano, kuko bitewe n’ibyo banyirasenge bamutoje cyangwa se niba yaraganiriye n’abakuze, cyangwa akaba asengera muri ya madini bigisha abakobwa gufata neza abagabo no kubasasira neza, ibi bishobora gutuma […]

Paris: Hagiye kubakwa agace bazajya bidagaduriramo bambaye ubusa

Ubuyobozi bw’umujyi wa Paris mu Bufaransa, bwemeje ko mu mwaka utaha buzubaka agace kazajya gahuriramo abashaka kwidagadura bambaye ubusa. Nk’uko bitangazwa na AFP, ngo ako gace kazaba kwitwa Bois de Boulogne cyangwa Bois de Vincennes, hakazajya hahurira abantu benshi bagamije kwishimisha dore ko mu muco w’Abafaransa ngo banezwezwa cyane no kwambara ubusa. Muri uyu mujyi […]

Mahmoud Abbas uyobora Palestine yitabiriye ishyingurwa rya Shimon Peres

Abakuru b’ibihugu batandukanye ku isi kuri uyu wa gatanu bitabiriye umuhango wo gushyingura Shimon Peres wahoze ari perezida wa Israheli witabye Imana kuwa 28 Nzeri 2016. Mahmoud Abbas uyobora Palestine, igihugu gihora mu makimbirane na Israheli ni umwe mu banyacyubahiro bitabiriye ishyingurwa rye. Minisitiri w’intebe wa Israheli Benjamin Netanyahu mu ijambo yavuze yatangaje ko Shimon […]

Min.Kaboneka yasabye abatuye muri Rubavu gukora nk'uko babyivuga

Francis Kaboneka, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu yasabye abatuye akarere ka Rubavu gukora nk’uko babivuga mu kivugo cyabo cy ‘’Inganji” bakanarangwa n’umuvuduko no mu kwesa imihigo, nyuma yo gusubira inyuma mu mihigo 2015/2016. Ibi yabibasabye kuri uyu wa 28 Nzeri 2016 ubwo yabasuraga ari kunmwe na Minisitiri w’Ingabo General James Kabare akaba n’imboni y’Akarere ka Rubavu mu […]

Amoko (Hutu,Tutsi,Twa) mu gihugu cy’u Burundi azasiga iki?

Ibi ni ibikomeje kwibazwaho na benshi, mu gihe muri iki gihugu hakomeje imyigaragambyo imbere y’ibiro by’agashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu, bamagana ibyasohotse muri raporo ko muri iki gihugu hatutumba jenoside. Iyi myigaragambyo kandi ikomeje mu Burundi mu gihe i Geneve mu Busuwisi harimo kubera inama ya 33 y’aka gashami ka Loni, bikaba bikekwa ko […]

John Ndabarasa wayoboraga Sana Radiyo akaburirwa irengero ibye bimeze bite?

Muri Kanama uyu mwaka hasakaye amakuru y’ibura ry’umunyamakuru akaba n’umuyobozi wa Sana Radiyo John Ndabarasa. Inzego zitandukanye zagize icyo zibivugaho na bamwe mu bagize umuryango we bagaragaza impungenge batewe no kubura k’umuvandimwe wabo bamwe bakanavuga ko afungiwe ahantu hatazwi n’inzego z’umutekano nubwo nta gihamya byose byari ugukekeranya. Umuryango we ukimara kumubura wabimenyesheje urwego rw’abanyamakuru bigenzura […]

Human Right Watch ihangayikishijwe n’ibura ry’umukozi wa FDU Inkingi

Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu wa Human rights Watch (HRW) watangaje ko uhangayikishijwe na Iragena Illumine wari umwe mu banyamuryango b’ishyaka rya FDU Inkingi riyobowe na Ingabire Victoire. HRW ikaba ifite impungenge ko yaba yarashimuswe ndetse akanicwa. Mu itangazo ryatanzwe na HRW rivuga ko Iragena ubarizwa mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda amaze […]

Perezida Kagame yihanganishije inshuti n’umuryango wa Shimon Peres witabye Imana

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yihanganishije abaturage bo muri Israel, inshuti n’umuryango wa Shimon Peres witabye Imana, wayoboye iki gihugu kuva muri 2007 kugeza 2014. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida Kagame yagize ati : “ Umutima wacu ubabaye wihanganishije abaturage ba Israheli ku bw’urupfu rw’umunyapolitiki w’ inararibonye Shimon Peres, Ndetse n’umuryango n’inshuti ze!” […]

Sudani y’Epfo: Umuryango w’Abibumbye wambitse abapolisi b’u Rwanda 29 imidari y’ishimwe

Umuryango w’Abibumbye wambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda 29 bakora imirimo itandukanye irimo ubujyanama mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo mu rwego rwo kubashimira uruhare rwabo mu kugarura amahoro muri iki gihugu kimaze igihe gito kivutse. Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye uwo muhango wabaye ku wa 28 Nzeri, Uwungirije Intumwa Idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye; […]

Baciye agahigo ko kujya ku rubyiniro ari itsinda rigizwe n’abanyamuziki 953

Bisanzwe bimenyerewe ko umunyamuziki ashobora kujya ku rubyiniro wenyine gutaramira abakunzi be cyangwa bakagenda ari itsinda ariko ritagizwe n’abantu b’umurengera. Siko byagenze i Tianjin mu gihugu cy’u Bushinwa mu marushanwa ya Beijing Contemporary Music Academy kuko abanyamuziki 953 bo mu mabande atandukanye bagiriye ku rubyiniro icyarimwe. Aba banyamuziki bari mu bice bitandatu bagahurira ku rubyiniro […]

Dore impamvu kureba muri telefoni y’umukunzi wawe ari sakirirego mu gihe atabiguhereye uburenganzira

Muri sosiyete tubayemo usanga abagore n’abagabo babo cyangwa abasore n’inkumi batavuga rumwe mu gihe umwe arebye muri telefoni y’undi atabimuhereye uburenganzira kandi koko iyo ushyize mu gaciro usanga biba bifite ishingiro. Imbuga zitandukanye zirimo nka http thoughtcatalog.com zivuga ko igihe umuntu yeguye telefoni y’umukunzi we ku mpamvu zitazwi bidakwiye kubera zimwe mu mpamvu zikurikira: Bigaragaza […]

Ubuhanga n’icyubahiro abavubyi bagiraga bagikomoraga he?

Abavubyi babaga ari abantu babashaga kugusha imvura iyo yabaga yahagamye,no kuyica iyo yabaga yaciye ibintu,rubanda bagahonga amasororo kugirango abavubyi bakunde bamanure imvura cyangwa se kugirango batume yohoka. Umuvubyi yavubaga imvura ahuhera mu museke ukavuga Nk’inkokera , ngo ubwo arahamagara imvura cyangwa ngo arayica. Abavubyi bo ha mbere bavugwaga cyane ni Ndagano wo mu Bukunzi ho […]