Pasiteri afunzwe azira kwica akanarya igitera avuga ko yategetswe n’abikuzimu

Pasiteri Peter Junior Sambo wo muri Malawi mu mujyi wa Lilongwe aherutse kugezwa imbere y’urukiko muri uku kwezi, nyuma yo kurya igitera avuga ko yabitegetswe na Rusiferi ubwo bahuriraga ikuzimu. Uyu mupasiteri yavuze ko yamaze ikuzimu ibyumweru 3 ariko amasaha agera kuri atatu niyo yabonanyemo na Rusiferi bumvikana ko namara kurya igitera abayoboke be batazageragezwa […]

Zimbabwe: Abigaragambya bakuriwe inzira ku murima ko ntacyo bazageraho

Ambasaderi wa Zimbabwe muri Afurika y’epfo Isaac Moyo yakuriye inzira ku murima abanyazimbabwe bakomeje kwirara mu mihanda bigaragambya kubera ikibazo cy’ubukungu gikomeje kuba agatereranzamba muri iki gihugu ko ntacyo bazageraho, ko amatora yonyine ari yo yonyine yahindura ubutegetsi. Ambasaderi Moyo yabitangaje mu nama yahuje inzego za leta ya Zimbabwe n’abaturage bayo batuye mu gihugu cy’Afurika […]

Sudani: Guverinoma irashinjwa gukoresha intwaro z’uburozi ku baturage bayo

Raporo ya Amnesty International yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane irashinja guverinoma ya Sudani kuba yarakoresheje intwaro z’uburozi ku baturage bo muri Jebel Marra mu Ntara ya Darfur mu gihe cy’amezi 8 ashize. Iyi raporo ikaba yahise iterwa utwatsi n’ubutegetsi bwa Sudani. Uyu muryango mpuzamhanga uharanira uburenganzira bwa muntu uvuga ko abantu hagati ya 200 […]

Ibihano bya Gen Sultani Makenga na bagenzi be bo muri M23 biracyashyinguye mu kabati

Ku wa 13 Ugushyingo 2012, nibwo Leta zunze ubunwe za Amerika zasohoye itangazo, bavuga ko Sultani Makenga wari umuyobozi wa M23 agomba gufatirwa ibihano hashingiwe ku ngingo y’13413 ikubiyemo kureba abantu bose bagira uruhare mu makimbirane abera muri RD Congo. Ibyaha Gen Sultani Makenga ashinjwa – Ashinjwa kwinjiza abana bato mu gisirikare mu ntambara yarwanaga […]

Ibuka yanenze u Buholandi bwanze kohereza abakekwaho uruhare muri jenoside

Ishyirahamwe ry’abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, Ibuka, ryanenze Inteko Ishinga Amategeko y’u Buholandi ku kuba yaritambitse iyoherezwa mu Rwanda ry’abantu babiri bakurikiranweho uruhare muri jensoide. Ibuka ishinja Inteko Ishinga Amategeko y’u Buholandi gusaba minisiteri y’ubutabera y’iki gihugu guhagarika icyemezo yari yafashe cyo kohereza mu Rwanda Jean Baptiste Mugimba na Jean Claude Iyamuremye bashinjwa kugira […]

Urunturuntu hagati ya Zari n’umuryango wa Diamond nyuma y’isabukuru ya Wema Sepetu

Mu gihe mu minsi mike ishize, ubwo Zari yizihizaga isabukuru ye y’amavuko arikumwe na Diamond ndetse n’umukobwa wabo ku kirwa cya Zanzibar, haravugwa urunturuntu hagati ye na Nyirabukwe kimwe na muramukaziwe nyuma yo kutamwifuriza isabukuru nziza ahubwo bakayifuriza Wema Sepetu wahoze akundana na Diamond. Ibi bibaye nyuma y’uko nyina wa Diamond ndetse na mushiki we […]

Umwe yishwe, undi arakomereka mu gitero cy’ubujura cyagabwe kuri SACCO ya Burega

Mu ijro ryo kuwa 28 rishyira 29 Nzeri 2016 abantu bataramenyekana bagabye igitero cy’ubujura kuri SACCO y’umurenge wa Burega mu karere ka Rulindo, umwe aricwa mu gihe mugenzi we bari bafatanyije kurinda umutekano w’amafaranga yajyanywe ku bitaro nyuma yo gukomeretswa bikomeye. Aba bakozi b’ikompanyi icunga umutekano ya HIGHSEC barindaga iyi SACCO ni Uwizeyimana Styven bakundaga […]

Musanze: Ababyeyi bati: “Abana bacu basigaye bigishwa ubusambanyi kumanywa izuba riva”

-Ibi mbonye hariya ni agahomamunwa -Umukobwa yambaye ubusa ku Karubanda abana bareba -Ari kubyina yijombaguramo [mu gitsina] intoki imbere y’abana batoya -Natunguwe no gusanga bucura bwanjye ari ku rubyiniro abyina ahennye ngo bamuhe ingofero Aya ni amwe mu magambo yatangajwe n’ababyeyi batuye mu karere ka Musanze bavuga ko bafite intimba ku mutima baterwa n’amasosiyeti yamamaza […]

Ubworozi bw’inyana muri Nyamasheke bushobora gusimbuzwa ubw’ibimasa

Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke batangaza ko ubworozi bw’ibimasa aribwo bwahawe intebe nyuma y’uko inyana zidatanga umusaruro vuba kandi ibyo zirya bitwara imbaraga nyinshi bityo bakaba babona ko kuzorora ari igihombo. Ibi babitangaza nyuma yo kubona ko ibimasa bikura vuba kandi babijyana ku isoko bakuramo agatubutse mu gihe iyo inyana ivutse itinda kubyara ndetse […]

Amerika yafatiye ibihano abasirikare 2 ba Congo

Nyuma yo gufatira ibihano Gén Kanyama muri Kemena, ubu Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye gufatira ibihano abasirikare babiri ba Congo bashinjwa guhohotera abaturage. Abo basirikare babiri ni Gen Gabriel Amisi Kumba na John Numbi Banza Tambo, ubu bakaba batemerewe gukandagiza ikirenge muri USA cyangwa kuba bagira igikorwa na kimwe bahakorera. John Smith, umuyobozi mukuru […]

Sugira Ernest yatumye Abanyekongo Bakora mu nganzo

Umunyarwanda ukina mu ikipe ya Vita Club yo muri RD Congo “Sugira Ernest” yongeye kwigarurira imitima y’Abanyekongo baba i Kinshasa nyuma yo gutsinda igitego bigatuma abafana baririmba izina rye. Ni ku mukino wa Super Ligue wabaye kuri uyu wa gatatu taliki 28 Nzeli 2016 aho Vita Club yakiriye Fc Mk kuri Stade des Martyrs de […]

USA yahaye Uganda indege 5 za gisirikare

Leta zunze ubumwe za Amerika zahaye Leta ya Uganda na Kenya inkunga ihwanye n’amadorali ya Amerika miliyoni 86.9, yo kugura indege 10 zo mu bwoko bwa Kajugujugu z’intambara. Ibihugu Uganda hamwe na Kenya bikaba byagenewe iyi nkunga, mu rwego rwo kugirango bikomeze bizamure imbaraga mu gisirikare ndetse no gukaza umutekano muri aka karere. Bell Helicopter, […]

Leta ya Congo irashinjwa kugira uruhare mu mvururuza ziciwemo abasaga 50

Umuryango w’abibumbye uratunga agatoki Leta ya Congo Kinshasa kuba inyuma y’imvururu zabaye muri uku kwezi zigahitana ababarirwa muri 50 bigaragambyaga bamagana Perezida Kabila. Inama y’agashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu, yaberaga i Geneve mu Busuwisi kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Nzeli, yasabye ko hatangizwa iperereza muri RDC rigamije kugaragaza ukuri kw’intandaro zaguyemo […]

Ambasaderi w’Ububiligi mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda

Uhagarariye Ububiligi mu Rwanda, Nyakubahwa Pauwels Arnout, ku wa 28 Nzeri yasuye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana ku Biro bye biri ku Kacyiru; aho baganiriye ku ngingo zitandukanye zirimo ubufatanye mu iterambere n’umutekano. Nyuma yo kumuha ikaze, IGP Gasana yabwiye uwo mushyitsi ingamba Urwego abereye Umuyobozi […]

Burundi: Abatavuga rumwe na Leta bavuze ko icyari ikibazo cya politiki gishobora kuvamo intambara

Abahagarariye impuzamashyaka CNARED arwanya Leta y’u Burundi batangaje ko ikibazo atari amoko ahubwo ko ikibazo gishingiye kuri politiki ndetse ko isaha ku isaha gishobora kubyara intambara ikomeye. Aya mashyaka avuga ko Leta iriho i Burundi, yirengagije ndetse yica amasezerano y’i Arusha, by’umwihariko bakaba basaba ko imiryango yakingurirwa buri wese, amashyaka yose agatumirwa mu biganiro bishakirwamo […]

Dr. Léopold Munyakazi ushinjwa ibyaha bya jenoside yagejejwe i Kigali

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Nzeli 2016. nibwo Dr. Léopold Munyakazi w’imyaka 65 woherejwe n’inzego z’Ubutabera zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ngo aburanire mu Rwanda ibyaha akurikiranyweho ko yakoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi yageze i Kigali. Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda buvuga ko ibyaha ashinjwa byakorewe mu cyahoze ari […]

Brésil: Havumbuwe inzoka ipima 400kgs

Inzoka yo mu bwoko bwa anaconda yabonwe mu gihugu cya Brésil, ikaba ipima ibiro 400 n’uburebure bwa metero 10 ndetse n’umuzenguruko wa metero 1. Iyi nzoka yatangaje benshi, yabonwe ahantu hubakwaga mu gace ka Altamira (Brésil) benshi bakaba byabateye urujijo rw’aho yari yaturutse. Nyuma yo kubona iyi nzoka, ngo abakozi bubakaga bahise bakwira imishwaro bagaruka […]

Muhanga: Abiga imyuga batangiye kuyibyaza umusaruro batararangiza amasomo

Abanyeshuri biga ubumenyingiro ku kigo cy’amashuri cyitiriwe Viyeko mu Karere bavuga ko mu ibyo biga babibyaza umusaruro mu biruhuko. Rukundo Placide, wiga mu mwaka wa gatanu ishami ry’ubwubatsi avuga ko akazi ko mu biruhuko ngo gatuma bigirira icyizere cy’uko nibarangiza amashuri bazihangira imirimo, kuko ngo bari bamenyereye abanyamahanga n’abandi baturutse kure y’iwabo ari bo bakora […]

Dore uburyo wakoresha usaba imbabazi uwo mwashakanye agahita akubabarira

Nkuko ntazibana zidakomanya amahembe, bibaho ko abashakanye bashyamirana ariko hakabaho uburyo uwakosheje yemera guca bugufi agasaba mu genzi we imbabazi bagasugira bagasagamba bakagera ku iterambere rirambye. Muri uko gufata icyemezo cyo gusaba imbabazi hari intambwe runaka bigomba gucamo ufite amakosa agomba gusabamo imbabazi agahita ababarirwa ataziguha ukamenya ko harimo urwikekwe cyangwa atakwiyumvamo. Kuratira abandi uwo […]

Ni mpamba ki umuhanzi Pedro Someone yaba avanye mu itorero “Indatabigwi”?

Pedro Someone, umwe mu bahanzi bamaze iminsi 10 mu itorero “Indatabigwi2”, avuga ko hari byinshi akuyeyo by’umwihariko akaba ashima Leta y’u Rwanda yashishoje ikabona ko baba bakeneye kujya mu itorero. Aganira na Bwiza.com, Pedro yavuze ko ubu yabaye Intore yuzuye, ati: “ ubu mfite impamba, muri iri torero nungutse byinshi byiyongera kuri bike nari mfite […]

U Rwanda rwahaye amahirwe impunzi yo kwirwanaho ziteza imbere

Leta y’u Rwanda yahaye impunzi uburenganzira bwo kugira icyo zikora mu rwego rwo kuzorohereza ntizitegereze imfashanyo zihabwa ahubwo zikajya zizigezwaho nazo ubwazo hari icyo zakoze kiziteza imbere. Ibi byatangajwe ubwo hatangizwaga umushinga w’imyaka 4 ugamije guha impunzi ziri mu Rwanda amahirwe yo gukora ibikorwa biziteza imbere. Minisitiri ushinzwe imicungire y’ibiza no gucyura n’impunzi, Mukantabana Seraphine, […]

Sam Allardyce watozaga ikipe y’Ubwongereza muri Ruhago yahambirijwe

Nyuma y’amezi atatu Sam Allardyce yeguriwe ikipe y’igihugu cy’ubwongereza nk’umutoza, yirukanywe ndetse ahabwa igihe ntarengwa cyo kwerekeza iwe mu rugo. Uyu mutoza yirukanywe nyuma yo gufatwa amajwi abwira umukuru wa Kompanyi imwe ko ashobora kwifashisha izina afite bagafatanya kurya amafaranga ava mu igura n’igurishwa ry’abakinnyi. Sam yafashwe amaze gusinyira ibihumbi 400 by’amapawundi n’iyo kompanyi ngo […]

Leopold Munyakazi ukekwaho ibyaha bya jenoside yoherejwe mu Rwanda

Leta zunze ubumwe z’Amerika zohereje mu Rwanda Leopold Munyeshyaka ngo aburanishwe ku byaha akekwaho ko yakoze muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, akaba ateganyijwe kugera ku butaka bw’u Rwanda kuri uyu wa gatatu 28 Nzeri 2016. Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda Richard muhumuza yatangaje ko Munyakazi ufatwa nka ruharwa mu gushyira mu bikorwa jenoside, ashyikirizwa ubutegetsi […]

Itangazamakuru mu Rwanda, umwuga wagiye ukura nk'isabune kuva kera

U Rwanda ni kimwe mu bihugu byagize amahirwe yo kugira impinduramatwara rusange yabashije kwera imbuto ifatika mu gihe usanga hari amahanga yatakaje igihe ahirimbanira ukwigobotora imigozi y’ibibazo yabaga iboshye benshi ariko bigasoza ibyo baharaniye batabigezeho! Impinduramatwara y’u Rwanda kandi kabishywe inatanze umusaruro ni mu gihe kuko nubwo hari uwabyumva ukundi gutandukanye n’ukwanjye ariko yagize ibitambo […]

Umusore ashobora kwiyahura nyuma yo gusambana na Nyirasenge

Umusore utarifuje ko amazina ye atangazwa ashobora kwiyahura nyuma y’uko asambanye na Nyirasenge bimutunguye ubwo bajyaga gusura Se wabo w’uyu musore wari utuye mu kandi gace bahana imbibi. Uyu musore mu buhamya yatanze anasaba abantu kumuha inama , yavuze ko ubwo yajyanaga na Nyirasenge gusura Se wabo utuye mu gace ka Nakuru muri Kenya,bageze mu […]

“Agasuzuguro no kuryanisha inzego z’umutekano” ni ibyo Gen Niyombare yashinjaga Nkurunziza

Ari kuri mikoro z’imwe muri radiyo zakoreraga mu gihugu cy’u Burundi, Gen Niyombare yashinjaga Perezida Nkurunziza agasuzuguro ndetse no gushaka kuryanisha abashinzwe inzego z’umutekano. Ibi yabitangaje ku wa 13 Gicurasi 2015, ubwo yatangazaga ko afatanyije na bagenzi be bahiritse ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza wari uri mu nama muri Tanzaniya. Yicaye imbere ya mikoro, inyuma ye […]

Sobanukirwa n’imikorere y’Ubudehe kuva mbere na nyuma y’abakoroni

Ubusanzwe igikorwa cy’Ubudehe Leta y’ u Rwanda yimirije imbere yahozeho kuva na mbere mu gihe cy’ingoma ya Cyami, gusa abakoroni bakimara kugera mu gihugu icyo gikorwa cyabaye nk’igikendera. Ubundi Ubudehe cyari igikorwa cyo gushyira hamwe kw’Abanyarwanda mu kuzamurana by’umwihariko mu buhinzi, aho umuhinzi yengaga amarwa cyangwa ubundi bwoko bw’inzoga runaka agatumira bagenzi be bakaza kumuha […]

Abaturiye urwibutso rwa Murambi basobanuriwe inyungu zo kwandikwa muri UNESCO

Mu rwego rwo gufatanyiriza hamwe kwita ku nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi, Kuwa 26 Nzeri 2016 abakozi ba Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) bo ku Rwibutso rwa Murambi mu Karere ka Nyamagabe bifatanyije n’abaturage batuye mu mudugudu wa Murambi. Uwo muganda wari ugamije gtunganya no gusukura ubusitani bw’urwo rwibutso, wabaye umwanya mwiza wo gusobanurira […]

Leta y’u Rwanda yihanganishije Israel nyuma y’urupfu rwa Shimon Peres wayibereye Perezida

Leta y’u Rwanda yagaragaje agahinda ndetse no kwihanganisha Israel nyuma y’urupfu rwa Shimon Peres wabaye perezida w’iki gihugu kuva mu 2007 kugeza 2014. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Louise Mushikiwabo, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda yagize ati: “ Dutewe agahinda kandi twifatanyije na Israel, umuryango n’inshuti nyinshi za Shimon Peres; inararibonye yitabye Imana ”. […]

Undi munyamakuru yishwe arashwe i Mogadishu muri Somalia

Abdiaziz Ali Haji wari umunyamakuru wa radiyo ikorera mu gihugu cya Somaliya yitwa Shabelle yarashwe n’abantu bataramenyekana bitwaje imbunda zo mu bwoko bwa pisitoli kuwa 27 Nzeri 2016 ahita yitaba Imana. Umuyobozi wa radiyo Shabelle uyu munyamakuru yakoragaho witwa Abukar Sheikh yatangarije Reuters ko abantu bataramenyekana bitwaje intwaro bamwishe ku mugoroba wo kuwa kabiri, amakuru […]

Kigali: DASSO wafatanye mu mashati n’umugore w’umuzunguzayi, yahanishijwe kwirukanwa

Nyuma y’amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ushinzwe umutekano (DASSO) yafatanye mu mashati n’umugore wacuruzaga bitemewe(umuzunguzayi) by’umwihariko bikagaragara agerageza kumukubita umugeri w’agatuza, kuri ubu yafatiwe igihano cyo kwirukanwa. Ababonye imirwano iba hagati y’uwo mugore na DASSO, batangaje ko yari yasabye uyu mugore kuva aho akagenda akareka gukomeza gucururiza mu muhanda, undi akagenda akongera akagaruka. Uku kutumvikana […]

Abasirikare bakuru bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Zambia mu rugendo shuri mu Rwanda

Itsinada rigizwe na ba Ofisiye Bakuru 23 bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ryo mu gihugu cya Zambia (Zambian Defence Services Command and Staff College), bari mu rugendoshuri rw’cyumweru kimwe mu Rwanda, bikaba biteganyijwe ko. Iryo tsinda riyobowe n’Umuyobozi Mukuru w’iryo shuri, Brig Gen Sitali Denis Alibizwi, bageze mu Rwanda ku itariki ya 24 Nzeri […]

Amapaki 5, 700 y’itabi ry’iryiganano yafashwe mu ntara y’Amajyepfo

Polisi y’u Rwanda mu turere twa Muhanga na Huye, ifatanyije n’ishami rishinzwe imiti muri utu turere, ku wa 26 Nzeri yafashe amapaki 5, 700 y’itabi ry’iryiganano ritujuje ibisabwa na Minisiteri y’ubuzima birimo inyandiko ziburira zivuga ububi bwaryo. Iryo tabi ririmo amapaki 5394 yafatiwe mu maduka y’abagabo babiri mu kagari ka Gahogo, ho mu murenge wa […]

Shimon Peres wabaye perezida wa Israheli yitabye Imana ku myaka 93

Shimon Peres wabaye perezida wa Israheli akanatwara igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel yitabye Imana i Tel Aviv kuri uyu wa 28 Nzeri 2016 nyuma yo kujyanwa mu bitaro igitaraganya mu byumweru bibiri bishize. Nyakwigendera Peres afatwa nk’imirimbanyi yagize uruhare mu kubaka igihugu cya Israheli kikaba igihugu gitinyitse kandi cyiyubashye haba mu rwego rwa politiki n’ubukungu kuva […]

Babiri bakekwaho gucuruza abantu bafatiwe muri Gicumbi

Umugabo n’umugore we bakekwaho kugira uruhare mu icuruzwa ry’abantu bafatiwe ku mupaka wa Gatuna, mu karere ka Gicumbi bagerageza kujyana abakobwa babiri muri Uganda. Christian Mandevu n’umugore we witwa Elizabeth Birori ni bo bakurikiranweho iki cyaha, bakaba barafashwe ku wa 26 Nzeri, ahagana saa sita z’ijoro bagerageza kujyana abo bakobwa bari mu kigero cy’imyaka 16 […]

Harimo gukorwa inyigo yo gukuraho imiturire y’akajagari mu mujyi wa Kigali

Mu rwego rwo kugabanya no guca akajagari mu mujyi wa Kigali, hakomeje gukorwa inyigo aho muri 2020-2025 akajagali kazaba kagabanyutse cyangwa kacitse burundu. Mu rwego rwo kubigeraho nta zindi mbogamizi, umujyi wa Kigali wiyemeje gukorana n’isoko ry’imali n’imigabane, ibintu bizafasha kwihutisha iyi nyigo ku kigero cya nyacyo. Kuri ubu 70% by’abatuye umujyi wa Kigali, batuye […]

Inyeshyamba za FDLR zasabwe kuva ku izima zigataha mu Rwanda

Leta ya Congo hamwe n’intumwa za Loni basabye inyeshyamba za FDLR kwemera zigataha mu Rwanda zikareka kuba umutwaro mu Burasirazuba bwa Congo zihungabanya umutekano. Ikipe y’abayobozi ba Congo iri kumwe n’abayobozi ba MONUSCO (Mission de l’ONU en RDC),ubwo basuraga inkambi ya Bauma i Kisangani ahakambitse abahoze ari abarwanyi b’inyeshyamba za FDLR ni nabwo babagejejeho izi […]

Uganda: Umusore wagerageje kwiyahura asimbutse ku igorofa yatawe muri yombi

Igipolisi cyo muri Uganda cyataye muri yombi umusore witwa Mustapha Lule wagerageje kwiyahura asimbutse ku igorofa , ntiyagera ku ntego yo gupfa. Mabirizi Plaza, igorofa rigeretse 5 riri ku nkengero z’umujyi wa Kampala niho uyu musore yasimbutse ku wa 3 Nzeli 2016, akaba yafashwe na polisi yo mu mujyi wa Kampala ku mugoroba wo kuri […]

Sheikh Hamdan Habimana wari umunyamabanga wa Mukura yeguye

Sheikh Hamdan Habimana wari umunyamabanga w’ikipe ya Mukura Victory Sports yamaze kwegura nyuma y’umwaka n’amezi abiri yeguye. Uyu mugabo nyuma yo gutorwa muri komite yagiyeho muri Nyakanga 2016, yamaze kwegura kuri uyu mwanya gusa avuga ko impamvu yeguye ari ku mpamvu ze bwite. Amakuru dukesha ruhago yacu, avuga ko uyu Habimana yeguye amaze gutanga 10% […]

Rucagu Boniface yasabye abahanzi kwigira no kwihesha agaciro

Ubwo basozaga itorero Indatabigwi II ryaberaga i Nkumba, mu karere ka Burera, Umutahira w’Intore Boniface Rucagu yasabye abahanzi guhanga bagamije kubaka u Rwanda rushya, kwigira no kwihesha agaciro. Umuhango wabaye kuri uyu wa mbere tariki ya 27 Nzeli 2016, Boniface Rucagu yibukije aba bahanzi ko bagomba kwihesha agaciro bagendeye ku mateka y’u Rwanda. Yagize ati: […]

Dore ibintu byatuma igitsina cy’umugabo kidafata umurego mu gihe cyo gutera akabariro

Mu gihe cyo gutera akabariro ku bashakanye usanga hari igihe umugabo yisuganya ngo ashimishe umugore we ariko yajya kugera ku gikorwa nyirizina ugasanga igitsina cye cyanze gufata umurego. Ibyo rero hakaba hari impamvu zituma bibaho, zimwe muri izo ni izi zikurikira: Guhangayika : Iyo umugabo ahora ahangayitse ashobora kwitera ibibazo byo kuba yabura ubushake bw’imibonano […]

Startimes yashyize igorora abakunda filimi z’abashinwa

Ikompanyi y’abashinwa itanga serivisi z’imirongo ya televiziyo ya Startimes ku bufatanye n’ibiro by’umujyi wa Beijing mu Bushinwa bishinzwe itangazamakuru, radiyo, filimi na televiziyo byiyemeje gushimisha abanyarwanda n’abanyafurika muri rusange bakunda filimi n’umuco by’abashinwa. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuwa 26 Nzeri 2016 gisobanura kuri gahunda igiye kuba ku nshuro ya gatatu yo kumenyekanisha filimi z’uruhererekane zerekana […]

Kuki Imana ikunda kudukoresha kandi turi abanyantege nke?

Buri muntu wese kuri iyi si ni umunyantege nke ku Mana haba mu mitekerereze, mu mikorere, mu bundi buryo runaka, nyamara Imana ntibyitaho ahubwo irushaho kudukoresha ititaye ku gukiranuka cyangwa gukiranirwa. Impamvu Imana ikomeza ku dukoresha turi abanyantege nke ni ukugirango yerekane imbaraga zayo zisumbya ibintu byose ubushobozi, ni yo mpamvu akenshi ikora imirimo yayo […]

Imbonerakure zigambye guhagararira Leta y’u Burundi mu ruhando rw’amahanga

Kuva imvururu zatangira mu gihugu cy’u Burundi muri Mata 2015, amakuru yagiye avugwa ko Imbonerakure zahawe imyambaro y’inzego za Leta n’imyitozo ya gisirikare ngo zibashe guhangana n’abarwanya Leta ya Nkurunziza. Izi mbonerakure (urubyiruko rwa CNDD FDD) kandi zishinjwa kwica abaturage,abapolisi n’abasirikare bagaragaje ko batari ku ruhande rumwe na Perezida Nkurunziza ndetse n’ishyaka CNDD FDD. Mu […]

Intangiriro y’ubucuti bwa Perezida Habyarimana Juvenal na Marchal Mobutu Sese-Seko

Mbere na nyuma y’urupfu rwa Perezida Juvenal Habyarimana wari uw’u Rwanda na Mobutu wari uwa Zayire (RDC), ibikorwa byabo byiza cyangwa bibi bibaranga byagiye bigaragara ko bari inshuti magara, biva muri politiki bigera mu gisirikare no mu miryango yabo. Aba baperezida bose bari n’abasirikare bakomeye bavuzweho amateka mabi yo koreka imbaga, ibyagiye bibahuza byari byinshi […]

Umusore yahanutse ku igorofa ya 23 ntiyapfa-AMAFOTO

Umusore w’imyaka 16 yahanantutse ku igorofa ya 23 yikubita ku modoka yo mu bwoko bwa taxi ,ntiyagira icyo aba ahubwo iyo taxi irangirika ku buryo bukomeye, ibintu byafashwe nk’igitangaza Imana yakoze. Alexander Shadrin w’imyaka 16 y’amavuko, ngo yahanutse muri iyo golofa nyuma yo gusaba umukobwa urukundo akanga bityo nyuma aza gufata icyemezo cyo kumanuka mu […]

Abapolisi bazajya mu butumwa bw'amahoro bibukijwe kuzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana yabwiye abapolisi 58, barimo ba ofisiye n’abandi bapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro ariko bafite inshingano zo kuyobora abandi , ko bagomba gukora bazirikana iteka inyungu z’igihugu ku mitima yabo. Ibi yabitanzemo impanuro ku italiki 26 Nzeli, ubwo yatangizaga ku mugaragaro amahugurwa y’iminsi ibiri kuri […]

Minisitiri wo mu Bwongereza wasuye u Rwanda yanejejwe n'iterambere rugezeho

Ministiri ushinzwe Afrika mu ishami ry’iterambere mpuzamahanga ry’u Bwongereza, DFID bwana James Wharton yatangiye uruzinduko mu Rwanda akaba yashimye iterambere rugezeho mu myaka 20 ishize. Biteganyijwe ko ari busure akarere ka Musanze, aho asura umushinga ujyanye no gufasha abaturage mu bijyanye no kwiteganyiriza. Uyu mu ministiri mushya kuri uyu mwanya akaba ashima iterambere u Rwanda […]

Arthur Asiimwe abona startimes ikwiye gutanga umusanzu mu bihangano by’ikinyarwanda

Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (RBA) Arthur Asiimwe avuga ko byaba byiza Ikompanyi y’ubucuruzi itanga serivisi zo kugurisha amashusho ya startimes yakongera ururimi rw’ikinyarwanda muri gahunda zayo. Yabitangaje mu gikorwa cyabaye kuwa 26 Nzeri 2016 kigamije guteza imbere urwego rwa filimi, Televiziyo no kurushaho kumenyekanisha umuco w’abashinwa mu Rwanda. Iyi gahunda yiswe ‘Beijing TV Drama & […]

Kuvuka mu muryango ukomeye wari uziko ari kimwe mu bishobora gutuma umukobwa atarambagizwa?

Kuvuka mu muryango ukomeye mu buryo bufatika usanga ntako bisa kuko ari ishema n’icyubahiro ndetse n’iterambere ry’igihugu muri rusange,ariko ku rundi ruhande ni kimwe mu mbogamizi zishobora gutuma umukobwa atarambagizwa rimwe na rimwe akaba yanahera ku ishyiga. Impamvu zishingirwaho ko bikunze ku garagara ko bamwe mu bakobwa baturuka mu miryango ikize nabo bakenera kugira inshuti […]

Kanombe: Umuryango wareraga Mbarushimana wishwe na Maj Dr.Aimable Rugomwa wafashwe mu mugongo

Mu mpera z’iki cyumweru gishize nibwo ubuyobozi bw’umudugudu w’ Ubumwe uherereye mu kagari ka Rubirizi ho mu murenge wa Kanombe, bwafashe mu mugongo umuryango ubyara umwana wishwe na Maj Dr.Aimable Rugomwa. Abaturage batuye muri uyu mudugudu, abagize Urukundo Family ndetse n’ubuyobozi bw’umudugudu, bashyize hamwe ubushobozi basura uyu muryango nyuma yo kubura umwana wabo w’umuhungu witwaga […]

Umugabo yarozwe n’umugore we kutinjiza igitsina mu cy’undi mugore ngo bikunde

Victor Wekesa ukomoka mu gace ka Kanduyi mu gihugu cya Kenya, yaje kuvumbura ko umugore we ariwe wamuroze kudakora imibonano mpuzabitsina n’abandi bagore ngo bikunde. Ibi yabivumbuye nyuma yo kumufata inshuro zirenze imwe asambana n’abandi bagore, bityo ngo akaba yarahisemo kumugira mu bapfumu bamuroga igitsina cye kudafata umurego igihe agiye mu bandi bagore. Uyu mugabo […]

Leta y’u Burundi yakuriye inzira ku murima abivanga mu bibazo byabo

Ubwo yari ari muri Leta zunze ubumwe za Amerika mu nama nkuru ya Loni, Alain Aimé Nyamitwe, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi yikomye ibihugu bikomeza kwivanga mu bibazo by’u Burundi. Muri iyo nama yabaye ku wa Gatandatu tariki ya 24 Nzeli, Minisitiri Nyamitwe yavuze ko igihugu cy’u Burundi cyabonye ubwigenge mu mwaka w’1962, ku bwiyo […]

Kigali: Gare ya Kacyiru iranengwa kutagira ubwiherero

Abagenzi bakorera n’abategera imodoka zitwara abagenzi muri gare ya Kacyiru mu mujyi wa Kigali, barayinega kutagira ubwiherero ndetse ko iyo bakubwe Babura aho kwikinga. Abahakorera bavuga ko iyo bakubwe birukankira mu bwiherero bw’abaturage rimwe na rimwe bakabwimwa, cyangwa se bagasanga ibipangu bikinze bakabura uko bakemura ikibazo. Umwe mu bagenzi witwa Uwimana Eugenie, aganira ya KT […]

Abanenga ibyo u Rwanda rwagezeho ni babandi bafite amaraso mu biganza byabo- Rick Warren

Pasiteri Rick Warren umunyamerika w’inshuti y’u Rwanda yatangaje ko abarwanya cyangwa abanenga ibyo u Rwanda rwagezeho ari babandi bafite amaraso mu biganza byabo n’abandi bafite ipfunwe ry’uko ntacyo bakoze ngo batabare ubwo Abatutsi bicwaga mu 1994. Uyu mupasiteri yabitangarije imbaga yari iteraniye i San Francisco muri Rwanda Day, yabaye ku wa Gatandatu tariki ya 24 […]

Nyanza: Umwana umwe yishwe na gerenade abandi 3 barakomereka

Nyuma y’uko abana 4 batoraguraga ibyuma bishaje batoraguye gerenade bayitiranya n’ibindi byuma ikabaturikana, Polisi y’u Rwanda iributsa abaturarwanda ko ibikorwa byo gushaka ibyuma bishaje byo kugurisha bikwiriye gukorwa n’abantu bakuru. Ubu butumwa buje bukurikira inkuru ibabaje, aho ku itariki 24 Nzeri, ahagana saa tanu n’igice zo ku manywa , abana bane bashakaga ibyuma bishaje byo […]

CAF:Tp Mazembe yageze ku mukino wa nyuma hakurikijwe itegeko ry’igitego cyo hanze

Tp Mazembe imwe mu makipe akomeye yo muri Congo yatsindiye kugera ku mukino wa nyuma wa CAF Confederation Cup, nyuma yo kunganya na Etoile du Sahel 1-1. Iyi kipe yakomeje kuri uyu mukino wa nyuma hakurikijwe itegeko rigenga igitego kiba cyatsindiwe hanze, aho iki gitego ari cyo cyahesheje Mazembe gukomeza ivuye muri 1/4. Uyu mukino […]

Umupasiteri yasambanyije umwana w’umukobwa w’imyaka 10 anamutera inda

Umwana w’umukobwa yajyanwe kwa muganga igitaraganya ababara mu nda, nyuma y’ibizamini byakozwe na muganga mu ivuriro (Broward Health Medical Center) riherereya mu gace ka Fort Lauderdale ho muri Leta ya Floride, byagaragaye ko atwite nyuma bimenyekana ko yasambanyijwe na Pasiteri. Nyuma y’iperereza ryimbitse ryakozwe na polisi muri aka gace byabereyemo byagaragaye ko uwo mwana yafashwe […]