Zidane yagize icyo avuga kuri Cristiano Ronaldo yasimbuje bikababaza benshi
Nyuma yâimpaka zakomeje kugaragara hagati yâabafana bâikipe Real Madrid bibaza impamvu umutoza Zinedine Zidane yasimbuje rutahizamu Cristiano Ronaldo bikaza kubaviramo kunganya, umutoza yavuze ko kumukuramo ari ibisanzwe ko agomba kuruhuka igihe icyo ari cyo cyose abona ari ngombwa. Aganira nâitangazamakuru, Zidane yagize ati: â Dufite undi mukino ku wa Kabiri (Ligue des champions), agomba kuruhuka […]
Nyamasheke: Bamwishe bamukase ijosi banamwambura imyambaro ye barayimuseguza
Nyiranziza BĂ©atha wâimyaka 33 yâamavuko yasanzwe yapfuye mu muferege uri hagati yâicyayi nâishyamba mu mudugudu wa Ruhinga ya 2, mu kagari ka Kagatamu, mu murenge wa Bushenge,mu karere ka Nyamasheke. Umurambo wâuyu mukobwa wari ufite ubukwe mu Kuboza wabonetse ahagana saa mbiri zâigitondo kuwa gatanu, ubonwa nâabaturage basoromaga icyayi. Umunyamabanga nshingwabikorwa wâumurenge wa bushenge, Uwizeyimana […]
Nsabimana Balthazar warwanye intambara ya kabiri yâisi yitabye Imana
Umunyarwanda Nsabimana Balthazar bakundaga kwita kaporali wari utuye mu Kagali ka Shyanda, Umurenge wa Save mu Karere ka Gisagara akaba nâumwe mu barwanye intambara ya kabiri yâisi yose mu mwaka wa 1945 nyitabye Imana.Muzehe Kapolari wâimyaka 83 birakekwa ko yazize kanseri ya prostate yari amaranye igihe, akaba yahise ashyingurwa kuri uyu wa Gatandatu. Ni umwe […]
Uganda: Polisi yaburijemo umutambagiro wâabatinganyi
Abaharanira uburenganzira bwâababana bahuje ibitsina mu guhugu cyâu bugande bakomwe mu nkokora ejo kuwa 24 Nzeri 2016 nâinzego zâumutekano ubwo bateguraga gukorera umutambagiro mu murwa mukuru wa Kampala. Umwe mu mpirimbanyi zâuburenganzira bwâababana bahuje ibitsina witwa Frank Mugisha yatangaje ko abantu barenga 100 bari babukereye ngo ngo bitabire iyi myiyerekano mu gace ka Entebbe hafi […]
Ese usanze umukozi wawe wâumukobwa arimo gusambana nâumugabo wawe, wamuhanisha kumutwika igitsina?
Hibajijwe ibibazo byinshi byanateje impaka nyuma yâinkuru yagiye itangazwa mu binyamakuru byinshi nyuma yâaho umugore wo muri Nigeria yasanze umugabo we arimo gusambana nâumukozi wo mu rugo rwabo wâumukobwa, kubyihanganira biramunanira ahita afata umukozi yambaye ubusa amwicaza ku ishyiga rya kijyambere riri kwaka umuriro, umutwika igitsina nâibice bituranye nacyo. Nyuma yâibyo, uwo mugore akaba yaragejejwe […]
Kagame yakebuye abashaka guhitiramo abanyarwanda imibereho
Perezida Kagame aganira nâabanyarwanda nâinshuti zâu Rwanda mu mujyi wa San Francisco muri Rwanda Cultural Day yihariye ku bikorwa byâumuco yavuze ko mu gihe abanyarwanda bari kugenda baba umwe umuco wabo ariwo uba umurunga ubakomeza. Perezida Paul Kagame yongeye gutangaza ko adatewe impungenge nâabafashe nabi ibyo yavuze, aburira abantu bita ku bibazo byâu Rwanda kuruta […]
Abagabo 2 bafungiwe kwigana impushya zo gutwara ibinyabiziga
Hashingiwe ku makuru yatanzwe nâabaturage, kuwa 23 Nzeri 2016 abagabo babiri aribo Muvunyi Cyprien wâimyaka 34 yâamavuko na Niyibizi Felix wâimyaka 30, bafatiwe mu cyuho barimo gukora impushya zo gutwara ibinyabiziga, ubu bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyarugenge hamwe nâibikoresho bifashishaga birimo za mudasobwa, imashini zitera amarangi ku mpapuro nâibindi. Ibi bije bikurikira […]
Ikigo gicukura amabuye yâagaciro cyahagaritswe kizira guhungabanya ibidukije
Ubugenzuzi buherutse gukorerwa mu Karere ka Rutsiro bwatumye ikigo gicukura amabuye yâagaciro cya Twabugezi gihagarika imirimo yacyo kubera kubangamira ibidukikije, kwangiza imigezi ndetse no kuba kidafite ibikoresho bihagije mu gucukura aya mabuye. Iri hagarikwa ryabaye tariki ya 22 Nzeri rikozwe nâitsinda ryihariye rya Gishwati-Mukura rigizwe nâishami rya polisi yâigihugu rishinzwe kurengera ibidukikije(EPU), ikigo cyâigihugu cyâumutungo […]
Umuherwe Zari yandagajwe ku Karubanda nâumunyamideli, Huddah Monroe
Umuherwe Zari umaze kwamamara muri aka karere nyuma yo kwigarurira umutima wâumuhanzi Diamond wo muri Tanzania, yandagajwe nâumunyamideli, Huddah Monroe wo muri Kenya. Huddah Monroe yashyize amagambo ku rukuta rwe rwa Instagram asesereza Zari ko amaze gushesha akanguhe kandi aherutse kwizihiza isabukuru yâimyaka 35 yâamavuko. Yagize ati: âmpugiye mu kubaka business zanjye, sinshobora guhanganira kuri […]
Amayobera: Yesu Kristu yavukiye muri Isirayeli ariko yemerwa nâ imbarwa
Mu gihugu cya Israel hakomoka amadini yâabemera Kirisitu nâAbisilamu dore ko ari ku butaka bwatuyeho Sekuru wâabizera Abraham, habarurwa Abakirisitu bagera kuri 2.1% gusa byâabatuye Israel basaga Miliyoni 8. Imibare yo muri 2012, igaragaza ko muri Isiraheli hari abakirisitu 161,000, bangana na 2.1% byâabaturage bose. Muri abo Bakirisitu, abagera ku 127,000 ni Abarabu bâAbakirisitu, biganjemo […]
Umwarimu muri kaminuza ashobora gufungwa imyaka 3 nyuma yo gutukira Magufuri kuri watsapp
Polisi ya Tanzaniya yataye muri yombi umwarimu muri Kaminuza,azira gutuka Perezida Magufuli akoresheje urubuga nkoranyambaga rwa watsapp. Uyu mwarimu nyuma yo gutabwa muri yombi yashyikirijwe ubutabera ariko aza kurekurwa byâagateganyo, mu gihe icyaha kimuhamye akaba yahanishwa gufungwa kuva ku myaka 3 nâihazabu yâamadorali igihumbi, nkâuko itegeko rishya ryasohotse ribishimangira. Abandi bantu 10 barimo uyu mwarimu […]
Kuki bamwe mu bakobwa bakunda abagabo batandukanye nâabagore?
Nyuma yâabantu batandukanye bibaza impamvu abakobwa bakunze kwishimira abagabo batandukanye nâabagore (Divorce) ubusesenguzi butandukanye bugaragaza ko bakunda kubagirira impuhwe abandi bagakunda ubuzima bworoshye. Impamvu nyirizina igarukwaho, nâuko usanga iyo umugore atandukanye nâumugabo, usanga aba yaramaze gushyira ibintu ku murongo noneho umukobwa akaza asa nâutaha mu rugo rwuzuye nta kimuhangayikishije mu bijyanye no gutangira ubuzima. Ikindi […]
Mu gutangiza igihembwe cyâihinga, Minisitiri wâintebe yakebuye abakinywa ibiyoga byicana
Mu gikorwa cyâumuganda usanzwe uba buri wa Gatandatu wa nyuma wâukwezi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Nzeri 2016 Minisitiri wâintebe Dr. Anastase Murekezi yifatanyije nâabaturage bo mu murenge wa Mpamba mu karere ka Gisagara ho mu ntara yâamajyepfo mu gutangiza igihembwe cya mbere cyâihinga cyâumuhindo. Minisitiri Murekezi yagarutse ku babaye imbata yâubusinzi bakirirwa banywa […]
Amateka yâ inkomoko yâ Abanyamulenge
Nâ ubwo iterambere nâ ikoranabuhanga bigenda bikosora amakosa no kwibeshya kwâ amateka ,bivugwa ko abanyamurenge bagiye muri Kongo bavuye mu bihugu bitandukanye birimo u Rwanda, u Burundi ndetse na Tanzaniya. Nkâ uko tubisoma mu gitabo âLes Banyamulengeâ cyanditswe na Joseph Mutambo, uyu na we akaba Umunyamurenge, hariho impamvu zitandukanye zatumye Abanyamurenge bambuka berekeza muri Kongo. […]
Uganda: Abakekwaho ubujura bakubiswe bambaye ubusa umwe ahasiga ubuzima
Polisi yo mu mugi wa Mbarara mu guhugu yatabaye abantu babiri bahondagurwaga nâabacuruzi bo mu isoko rya Kankwanike riherereye ahitwa Rwebikoona babashinja ubujura. Aba bagabo bakubitwaga bambaye ubusa umwe yaje gupfa. Umwe mu bacuruzi witwa Wilson Mubangizi yatangajeko aba bakekwaho kwiba amashiringi ya Uganda 60,000 yâumunyeshuri wari woherejwe nâababyeyi ngo agure ibikoresho byâishuri. Ubwo inzego […]
Perezida Nkurunziza yashimangiye ko abicwa ari abo mu bwoko bwose
Mu gihe amahanga akomeje guhata igitutu Leta yâu Burundi, ayisaba guhagarika ubwicanyi bukomeje kuhakorerwa nâibindi byaha byibasira ikiremwamuntu, Perezida Nkurunziza we yavuze ko ubwo bwicanyi buhitana abo mu bwoko bwose (Abatutsi,Abahutu,…). Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Nzeli 2016, nibwo Perezida Nkurunziza yabanje gushima Imana yo mu ijuru ko imukunda igakunda nâigihugu cye byâumwihariko […]
Gutandukana kwa Diamond na Zari byongeye guca amarenga
Amakuru agera ku bitangazamakuru bitandukanye aravuga ko umuhanzi Diamond Platnumz atishimiye umugore we Zari muri iyi minsi kandi bikaba bikomeje kugenda bifata indi ntera umunsi ku munsi. Intandaro yâuku kutishima ngo ni umubano wihariye, Zari afitanye nâuwahoze ari umugabo we Ivan Ssemwaga ku mbuga nkoranyambaga, aho yabonye amwe mu magambo baherutse kuvugana arebana nâimibereho yâabana […]
Umwe yasanzwe yapfuye muri batatu ingabo zâigihugu zarohoye mu Kivu
Itsinda ryâingabo zâu Rwanda zirwanira mu mazi (marine) zatabaye abagabo batatu bari barohamye mu kiyaga cya Kivu gihereye mu Burengerazuba bwâu Rwanda kuwa 23 Nzeri 2016, babiri barohorwa ari bazima mugenzi wabo umwe bamubona yamaze guhitanwa nâamazi. Iki gikorwa kidasanzwe cyabereye mu karere ka Rubavu mu murenge wa Nyamyumba, mu Kagari ka Kiraga; kikaba cyarabaye […]
Lt. Gen Muhoozi ashobora kuzasimbura se Museveni, impamvu 10 zimuha amahirwe
Lt. Gen Muhoozi Kainerugaba ni umusirikare ukomeye mu ngabo za Uganda (UPDF) byâumwihariko benshi mu basesenguzi mu bya politiki bakaba bakomeje kugaragaza ko amaherezo bizarangira ari we usimbuye se, Museveni ku mwanya wa Perezida. Dore impamvu 10 zishobora kuzamuha amahirwe akawugeraho. 1.Gutegurwa mbere nkâumwana wâimfura ya Museveni : Benshi babona ko ashobora kuzatekinika kugeza ku […]
Ukwisanzura kwâItangazamakuru nâabarikurikira ngo ntibitanga uburenganzira bwo gutukana-Peacemaker
Abanyamakuru bo mu Rwanda cyane abakorera ibitangazamakuru bikoreshaikoranabuhanga(Online Media) barasabwa kutirara ngo bagendere mu kwisanzura kwabo ngo babe bazanamo guhangana no gutukana bituma basa nâabataye inshingano. Ibi nâibyatangajwe na Mbungiramihigo Peacemaker umuyobozi wâinama nkuru yâitangazamakuru mu Rwanda (MHC) ubwo yaganiraga nâabanyamakuru bari mu mahugurwa ari kubera i Musanze bigishwa mu gukoresha ikoranabuhanga rinoze kandi ribateza […]
MINAGRI ikeneye âdronesâ mu kwimakaza ikoranabuhanga mu buhinzi
Minisiteri yâUbuhinzi nâUbworozi (MINAGRI) irifuza gutangira gukoresha indege nto zitagira abapilote (drones) zikoreshwa mu gutwara amaraso, mu rwego rwâubuvuzi mu guteza imbere urwego rwâubuhinzi mu Rwanda; zikazifashishwa mu ikusanyamakuru mu buhinzi nâubworozi. Minisitiri wâubuhinzi nâubworozi Dr. Geraldine Mukeshimana asobanura ko ikoreshwa ryâizi ndege za drones mu buhinzi buzaba ari uburyo bushya bwo kurushaho gukoresha ikorabanuhanga […]
Mourinho yahakanye ibyo gushaka gushwanyaguza isura ya Wenger
Jose Mourinho utoza ikipe ya Manchester United yahakanye yivuye inyuma amagambo aherutse gutangaza ko azangiza isura yâumutoza wa Arsenal Arsene Wenger. Mu gitabo Rob Beasely yanditse kuri Jose Mourinho bivugwa ko hari amagambo uyu mutoza yavuze , aho yavugaga ko umunsi yahuye na Wenger inyuma yikibuga batari mu kazi, azamwangiza isura gusa yabihakanye avuga ko […]
Umubare wâabimukira baguye mu bwato bwarohamye hafi ya Misiri ugeze ku 162
Impanuka yâubwatu bwarohamye yabereye hafi yâigihugu cya Misiri kuwa 21 Nzeri 2016 imaze guhitana abantu bagera ku 162 mu gihe hakomeje gushakishwa abandi baba bararohamye bataramenyekana. Ubu bwato bwari butwaye abimukira bakomoka mu bihugu bitandukanye byâAfurika berekeza ku mugabane wâu Burayi. Abimukira bari hagati ya 450 na 600 bakomoka mu bihugu bya Misiri, Syria, Sudani, […]
Umubare wâAbarundi bahunga igihugu aho kugabanyuka uriyongera
Leta yâu Burundi ntabwo irimo guhuza nâumuryango mpuzamahanga wita ku mpunzi HCR, mu gihe yo ivuga ko abari barahunze igihugu barimo gutahuka ku bwinshi, uyu muryango wo utangaza ko nâabandi barimo kurushaho guhunga igihugu. HCR yo itangaza ko mu kwezi kwa 7 konyine hahunze abarenga ibihumbi 20 baturutse mu ntara zitandukanye zâu Burundi, gusa ikanemeza […]
Aho ngeze hose mbazwa impamvu mu gihugu cyanjye hahora intambara- Miss RDC, Andréa Moloto
Nyuma yo gutorwa ku wa 11 Nzeli 2016 nka Miss RDC, AndrĂ©a Moloto yatangaje ko agiye gukora uko ashoboye kose agahindura isura yâigihugu cye, ntigikomeze kumera nkâuko amahanga agifata. Yagize ati: â Ngiye guhindura ejo hazaza amahanga abonamo RDC, buri gihe iyo mvuze ko ndi umunye congo, abantu bambaza impamvu igihugu cyanjye gihoramo intambara â. […]
Uburangare bwa buri wese ni ko guha intebe ibyaha- ACP Bosco Rangira
Imihanda yose yerekeza kuri sitade ya Kicukiro yari yuzuye ibihumbi byâabamotari , abanyonzi, abanyeshuri, abakozi nâurubyiruko rwâabakorerabushake baje guhura nâinzego zâumutekano nâabayobozi bâUmujyi wa Kigali, mu bukangurambaga bugamije kurwanyiriza hamwe ibyaha. Iyi nama yitabiriwe na Major Gen. Mubarak Muganga, umuyobozi wâingabo mu Mujyi wa Kigali nâIntara yâIburasirazuba, Assistant Commissioner of Police (ACP) Bosco Rangira, umuyobozi […]
Huye:Abamotari biyemeje kongera ubufatanye mu kurwanya ibyaha
Abamotari bo mu karere ka Huye basabwe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha. Ubu butumwa babuhawe na Superintendent of Police(SP) JM Vianney Karegeya uyobora Polisi mu karere ka Huye kuri uyu wa kane taliki ya 22 Nzeli uyu mwaka, ubwo yagiranaga inama nâabamotari bagera ku 1100 bakorera mu makoperative atandukanye akorera mu karere ka Huye. Mu […]
Umutingito ukaze wangije amazu nubwo ntawahitanywe nawo i Burengerazuba
Ku gicamunsi gishyira umugoroba wo kuri uyu wa 23 Nzeri 2016 mu gice cy’intara y’uburengerazuba humvikanye umutingito wibasiye uduce nka Shangi ,Kibogora , Bushenge ndetse na Rwabitekeri ari naho havugwa ko ahakunzwe kwibasirwa n’imitingito. Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi butangaza ko nta wahitanywe n’uyu mutingito uretse abagize ihungabana n’abandi bantu bakomeretse bari kwitabwaho mu Bitaro bya […]
Abanyamakuru baribaza impamvu uburinganire budahuzwa nâumuco Nyarwanda
Abanyamakuru bo mu Rwanda bava mu bitangazamakuru bitandukanye bari mu mahugurwa ashingiye kugutangaza inkuru ku uburinganire nâubwuzuzanye bibaza impamvu uburinganire butatezwa imbere bishingiye ku umuco Nyarwanda. Kuri uyu wa Kane Tariki ya 22 Nzeli kuri Lemigo Hotel Abanyamakuru batangiye amahugurwa yâiminsi 7,aho bari guhugurwa ku uburyo bakora inkuru zerekeye ku uburinganire bushingiye mukuzamura iterambere ryâumugore. […]
Ijambo ry'Iman: Uburyo nyina wa Mose yamuhishe akiri uruhinja kugeza ku mezi 3
“MWICE UMWANA WESE WâUMUHUNGU UZAJYA AVUKA” itegeko ryari ryaratanzwe na Farawo ariko nyina wa Mose yamuhishe amezi atatu ataryama nk’abandi babyeyi kuko atashakaga ko rwicwa nâAbanyamisiri. Yafashe agatebo gafite umupfundikizo kaboshye nkâubwato aragatunganya, ku buryo amazi atashoboraga kukinjiramo. Nuko akaryamishamo Mose, maze agashyira mu byatsi birebire ku nkombe yâUruzi rwa Nili. Hanyuma, yasabye Miriyamu, mushiki […]
Tanzania: Abanyarwanda 12 bakatiwe igifungo cyâumwaka
Abanyarwanda 12 bashinjwa kwinjira muri Tanzania nta burenganzira bafite bakatiwe nâurukiko rwo muri icyo gihugu igifungo cyâumwaka umwe nyuma yo kwakwa ihazabu yâ amashilingi ya Tanzania ahwanye nâibihumbi 500 bakananirwa kuyishyura. Ikinyamakuru The Citizen cyo muri Tanzania, cyatangaje ko abo Banyarwanda ari Baseke Pierre wâimyaka 38, Tibesiana Alphonse wâimyaka 27, Ndayisaba Jean Claude wâimyaka 25 […]
Kalima na Gahigi bahuriye mu isoko (uyu mwandiko ukwibutsa iki?
KALIMA NA GAHIGI BAHURIYE MU ISOKO: Kalima: – Mbe Gahigi waje kugura iki ? Gahigi: – Naje guhaha udushyimbo, udushaza, n’utujumba. Kalima: – Urabe ufite amafaranga menshi! Gahigi: – Nyakuye he se Kali? Kalima: – Uyakuye kuli bwa bunyobwa bwawe. Gahigi: – Bwararumbye pe ! Kalima: – Ubwo koko murashonje. Nta kavura muheruka ? Gahigi: […]
Ubushakashatsi bwagaragaje ko abagore baryoherwa kurusha abagabo mu gihe cyo gutera akabariro
Impamvu yo gutekereza gutya ni uko akenshi umugabo cyangwa umuhungu ariwe ufata iyambere mu kwegera umukobwa cyangwa umugore, akamuganiriza, akamugezaho ikifuzo cye ariko iyo icyo gikorwa kibaye usanga umugore ariwe uryoherwa kurusha umugabo. Nkuko byemezwa nâabahanga muri psychologie, bikanagarukwaho nâurubuga rwa yahoo rushimangira ko aba bombi bifuza imibonano mpuzabitsina ariko umugabo niwe ubikenera cyane noneho […]
Musanze, Rubavu na Gasabo imbere mu gukomeza kugaragaramo ingengabitekerezo ya jenoside
Kuri uyu wa Gatanu, itariki 23 Nzeri 2016 Komisiyo yâIgihugu yâUbumwe nâubwiyunge, NURC, yagejeje ku Nteko ishinga Amategeko ibyavuye mu bushakashatsi ku bipimo byâubumwe nâubwiyunge mu Banyarwanda mu mwaka ushize wa 2015 (Rwanda Reconciliation Barometer 2015). Igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda kikaba kigeze kuri 92% mu gihe cyari kuri 82,3% mu 2010. Ubushakashatsi bwa mbere […]
Yishe umwana we ahanishwa gufungwa imyaka 100
JosĂ© David N. yaratahuwe nyuma yo kwiyicira umwana w’umukobwa wâimyaka 3 amujugunye mu bwoger0 ahita apfa. Ibi byabereye mu mujyi wa Mexique, ubwo uyu mugabo yafataga umwana we wâumukobwa akamujugunya muri ubwo bwogero abikoranye ubugome, umwana ahita apfa kuko atari kubasha koga ngo yivane muri iyo piscine ndende. Nkâuko ikinyamakuru The Mirror kibitangaza, uyu mugabo […]
Umuherwe wa mbere muri Afurika arateganya kugura Arsenal
Aliko Dangote umuherwe wa mbere muri Afurika yeruye avuga ko afite gahunda yo kugura ikipe ya Arsenal akayivugurura igahinduka ku rwego rwo hejuru. Uyu muherwe ukomoka mu gihugu cya Nigeria, avuga ko iyi gahunda ayiteganya mu gihe cya vuba, nyuma yâigihe abitekerejeho agasanga agomba kubigeraho. Uyu muherwe kandi atangaza ko ashaka kugura Arsenal atari ugushaka […]
Opinion: Umutekano u Rwanda rufite ushingiye kuki?
Umutekano nâ umudendezo u Rwanda rufite tugereranyije nâ ibindi bihugu byâ Akarere ruherereyemo uteye benshi amakenga cyane cyane muri ibi bihe bitewe nâ amatora yâ abakuru bâ ibihugu. Usibye muri Tanzania , aho Ishyaka rya Politiki CCM (Chama Cha Mapinduzi) ryategetse iki gihugu kuva cyabona ubwigenge, ryagiye ryubahiriza igihe cya manda 2 zâ imyaka 10 […]
Itohoza: Impamvu 3 ingabo ibihumbi 15 ziteguye guhirika Nkurunziza zamunaniwe
Amakuru atandukanye yagiye yemeza ko mu mashyamba yâ u Burundi nka Kibira harimo ingabo nyinshi ziteguye kurwanya Nkurunziza zikanamuhirika ariko bikazinanira kubera impamvu 3 zingenzi. Itohoza ryimbitse kandi ryigenga ryâ Urubuga Bwiza.com ryaje kumenya neza ko hari ingabo zisaga ibihumbi 15 zifite umugambi wo kurwanya ndetse no guhirika ingoma ya Perezida Pierre Nkurunziza ariko ntibishyirwe […]
Umugabo yishe umugore we utwite n'umurambo we arawutwika- AMAFOTO
Umugabo ugaragara nkâuwari ukiri muto, uzwi ku izina rya Tetchi Wyllifred yishe umugore we arangije umurambo we ajya kuwutwika kugirango azimanganye ibimenyetso. Ibi byabereye mu mujyi wa Agboville muri Cote dâIvoire, umugore yishe bari bafitanye umwana umwe atwite uwa kabiri. Nyuma yo kumwica uyu musore ngo yahise afata umurambo we awushyira ahantu awutwikisha nyiramugengeri, yabanje […]
Ingabo za RDF ziri muri Repuburika ya Santarafurika zambitswe imidari
Ingabo zâu Rwanda za Batayo ya 3 zibungabunga amahoro mu Muryango wâAbibumbye muri Repuburika ya Santarafurika (CAR), Kuri uyu wa kane tariki 22 Nzeri 2016 bambitswe imidari ya Loni, bashimirwa uburyo babungabunga amahoro kinyamwuga, gukorana ishyaka hamwe nâikinyabupfura badahwema kugaragaza mu kuzuza inshingano zabo. Uwo muhango warabereye mu kigo cya SOCATEL MâPoko kiri i Bangui […]
Donald Trump yabwiwe ko ahanganye na Satani ubwe arasengerwa ngo azatsinde
Umuvugabutumwa wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika witwa Darrell Scott aratangaza ko satan (Lucifer) ubwe yashyize mu gipimo cye umukandida Donald Trump wiyamamariza kuzayobora iki gihugu aho ahanganye na Hillary Clinton wo mu ishyaka ryâAbademokarate. Mu gikorwa cyabereye muri Cleveland kuri uyu wa Gatatu ushize, umuvugabutumwa Scott yaburiye Donald Trump amubwira ko uwo ahanganye […]
Minisitiri wâIntebe wa Ethiopia aravuga ko adakeneye umuntu nka Machar mu gihugu cye
Igihugu cya Ethiopia cyatangaje ko uwahoze ari visi perezida wa Sudani yâEpfo, Dr Riek Machar yemerewe kwinjira muri iki gihugu mu gihe gito gusa ariko atemerewe kuba yahaba igihe kuko ngo Ethiopia itazanezeza umuntu wese ukuriye umutwe witwaje ibirwanisho. Mu kiganiro yagiranye nâurubuga rwa internet rukorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rukora amakuru kuri […]
Abagera ku 2500 nibo bazitabira Rwanda Cultural Day i San Francisco
Mu gihe hasigaye amasaha abarirwa ku ntoki hakaba âRwanda Cultural Dayâ izabera mu mujyi wa San Francisco muri California, byatangajwe ko Abanyarwanda nâabanyamahanga bagera ku 2500 aribo bazitabira ibyo birori Perezida Paul Kagame azitabira nkâumushyitsi mukuru. Umuyobozi wâumuryango wâAbanyarwanda baba muri Leta ya California, Yehoyada Mbangukira niwe watangaje uyu mubare wâabazitabira Rwanda Cultural Day , […]
Ese waba uzi ko abana bavukana imitwe minini baba abanyabwenge? Sobanukirwa
Impinja zivuka zifite imitwe minini ngo ziba zifite amahirwe yo kuba abanyabwenge ugerereranyije nâabavukana bafite imito, aho usanga iyo bakuze buri kintu cyose bakora usanga bashyirwa ari uko bakigezeho. Ubushakashatsi bwakozwe nâimpuguke zo mu Bwongereza ku bijyanye nâibinyabuzima,bwagaragaje ko mu gihe umwana avutse afite umutwe wisumbuye ko akenshi agira ubwenge bikamuganisha ku gutsinda mu bintu […]
Huye: Hagiye kubakwa uruganda ruzajya rutunganya umusaruro ukomoka kuri avoka
Umuyobozi w’Akarere ka Huye aratangaza ko mu minsi iri imbere hagiye kubakwa uruganda rutunganya ibikomoka kuri avoka, rwo mu Karere ka Huye, ruzaba rukora bitarenze umwaka wa 2019. Muri uyu mwaka wa 2016-2017 hazatangwa inyigo yo kurwubaka, ubundi nyuma rutangire kubakwa; nkuko EugĂšne Kayiranga Muzuka, umuyobozi wâAkarere ka Huye, abisobanura. Agira ati âUyu mwaka (2016-2017) […]
CNLG yakiriye abanyeshuri baturutse muri za kaminuza zo muri Amerika
Kuri uyu wa Gatatu itariki ya 21 Nzeri 2016, Abanyeshuri baturutse muri za kaminuza esheshatu zitandukanye zo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, basuye Komisiyo yâIgihugu yo Kurwanya Jenoside(CNLG). Aba banyeshuri bari mu Rwanda mu rwego rwâamasomo rwitwa: âPost-Genocide Restoration and Peacebuildingâ. Bifuje kumenya imikorere ya Komisiyo yâIgihugu yo Kurwanya Jenoside Amaze kubifuriza ikaze, Dr […]
Kampala: Erias Lukwago arahakana ko yaguzwe nâumuryango wa Museveni
Umuyobozi wâUmujyi wa Kampala, Erias Lukwago, usanzwe udacana uwaka na perezida Museveni, akaba amaze iminsi ashinjwa guhabwa bituga ukwaha ngo acishe macye, yahakanye aya makuru yivuye inyuma avuga ko nta shingiro afite. Lukwago yavuze ko aya makuru avuga ko yaba yarahawe inkunga mu ibanga na leta ari ibinyoma byihishwe inyuma na bamwe mu bayobozi muri […]
U Burundi bwongeye gusabirwa abasirikare bo guhagarika ubwicanyi
Nyuma yâicyegeranyo cyakozwe nâinzobere za Loni kigaragaza ko ubwicanyi burimo gukorwa mu Burundi buca amarenga ya jenoside, impuzamashyaka (CNARED) atavuga rumwe na Leta yâu Burundi, yasabye ko hakoherezwa abasirikare mpuzamahanga bo kugarura amahoro amazi atararenga inkombe. CNARED isaba ko abo basirikare bakoherezwa vuba na bwangu bagatabara, ikindi kandi igasaba inkiko mpuzamahanga guta muri yombi ndetse […]
2Face yamaze gukandagiza ibirenge ku butaka bwâu Rwanda-AMAFOTO
Umuhanzi wakanyujijeho mu minsi yashize nâubu akaba akomeje kwigarurira imitima ya benshi, Innocent Ujah Idibia uzwi ku izina rya 2Face, yamaze kugera mu Rwanda nyuma yâiminsi mike yiteguwe nâabatari bake. Uyu muhanzi yageze mu Rwanda mu gicuku cyo mu ijoro ryakeye, ibintu bitari bizwi nâabenshi ariko akihagera ntibyayoberanye kuko abari bari aho bamugaragarije ibyishimo ari […]
RDC: Imirwano ikomeye yaguyemo 12 abandi barimo colonel barakomereka
Abantu 12 muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bishwe kuri uyu wa Gatatu ubwo inyeshyamba zâuwitwa Kamwina-Nsapu zageragezaga kwinjira mu mujyi wa Kananga, umurwa mukuru wa KasaĂ ÂŻ yo Hagati. aya makuru yatanzwe nâigipolisi nâabatangabuhamya kuri uyu wa 22 Nzeri, anavuga ko abandi bantu benshi bakomeretse. Biravugwa ko agatsiko kâinyeshyamba zigera kuri 50 za chef Kamwina-Nsapu, […]
Amafoto: Perezida Kagame yitabiriye inama yahuje Israel nâibihugu biri mu nzira yâamajyambere
Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame nâitsinda ryamuherekeje mu Nama Rusange ya 71 yâUmuryango wâAbibumbye, kuri uyu wa Kane, itariki 22 Nzeri 2016, bitabiriye inama hagati ya Israel na Afurika ndetse nâibindi bihugu biri mu nzira yâamajyambere. Iyi nama ikaba yayobowe na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benyamini Netanyahu. Reba Amafoto: Amafoto: Village Urugwiro Kanda hano ujye […]
Perezida Kagame yasabye amahanga kwita ku mpunzi bazigaragariza urukundo n'impuhwe
Mu Nama Rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye ibera i New York, Perezida Paul Kagame wâu Rwanda yahamagariye ibihugu bikize kwâisi kuzirikana ikibazo cyâimpunzi igihe cyose aho kugiha agaciro ari uko cyibasiye ibihugu bikize. President Kagame on issue of refugees: It cannot become a crisis only when the wealthier countries begin to be affected #UNGA71 â […]
Polisi yâu Rwanda yaburijemo ubujura bushukana mu Mujyi wa Kigali
Polisi yâu Rwanda mu Mujyi wa Kigali yaburijemo ubujura bushukana, ndetse ifata bamwe mu bakekwaho gukora iki cyaha barangiye umwe mu bacuruzi amasoko ya baringa bagamije kumwambura miliyoni zigera kuri zirindwi zâamafaranga yâu Rwanda. Iperereza ryâibanze rigaragaza ko ku itariki 21 Nzeri uwitwa Singirankabo Jacques yahamagaye kuri telefone igendanwa Nzaramyimana Emmanuel (Basanzwe baziranye), amubwira ko […]
1972: Umunyagitugu Idi Amin yirukanye Abanyaziya ku butaka bwa Uganda abaziza iki?
Tariki ya 22 Nzeli 1972, nibwo umunyagitugu Idi Amin Dada wayoboraga Uganda yirukanye abaturage babaga mu gihugu cye bakomokaga ku mugabane wa Aziya, iyi tariki iracyari mu mitwe yâAbongereza ndetse no mu matariki bahora bibuka. Muri icyo gihe Idi Amin yavugiye kuri radiyo yâigihugu ko abirukanye, abaha itariki ntarengwa byâumwihariko buri munsi kuri radiyo hagacaho […]
Umunyamakuru yacyuriye Eddy Kenzo nyuma yo kubarirwa mu bahanzi batize
Sheilah Gashumba umunyamakuru kuri Televiziyo imwe yo muri Uganda yabaye nkâukoze mu nkovu Eddy Kenzo aho yatangaje ko ari we wigishije icyongereza uyu musore ubwo yari yinjiye mu ruhando rwa muzika. Uyu munyamakurukazi yavuze ko Kenzo yagiye amuhamagara kenshi kuri Telefoni ngo amubabarire amwigishe icyongereza azajya akoresha avugana nâabantu no kubona amagambo azajya akoresha mu […]
Abagore bo muri FPR baremeye mugenzi wabo wabyaye impanga 3 atishoboye
Urugaga rwâabagore bâUmuryango RPF Inkotanyi bafatanije nâInzego zâabagore basuye Dusabimana Dalbert mu rwego rwo kumufasha kubera ko yabyaye abana 3 bâimpanga kandi atishoboye. Uyu muganda wabereye mu Mirenge nyose igize Akarere ka Muhanga hibandwa ku gufasha abatishoboye no gukora ibikorwa byâiterambere abo bagore baremeye uyu muryango bawuha inka ikamwa n’ibikoresho byo mu rugo ndetse yubakirwa […]
Ugisha inama: Se umubyara arashaka kumushyingira umugabo wâimyaka 43
Nshimishwa nâinama zitangirwa kuri uru rubuga, amazina yanjye ni⊠ndi umukobwa wâimyaka 26, mu byâukuri mpangayikishijwe nâikintu kimwe gusa nifuza ko mwamfasha. Nagejeje icyifuzo cyanjye ku babyeyi ko nshaka gushyingiranwa nâumusore twakundanye imyaka nâimyaka, afite gahunda kandi nanjye ndamukunda. Ibyo papa yabiteye utwatsi andangira uwo nakwita ko ari umusaza kuko ni umusore ufite imyaka 43, […]
Nyabihu:Abajura bataburura imbuto yâibirayi bakayigurisha banyirayo
Mu Karere ka Nyabihu hadutse abajura bataburura imbuto yâibirayi mu murima bakajya kubirya cyangwa bakabijyana ku isoko hakaba ubwo banyirabyo bongeye kubigura bagirango bongere bajye kubisubiza aho ibyibwe byavuye. Ubu bujura ngo bumaze gufata indi ntera byâumwihariko mu murenge wa Bigogwe, abaturage bakaba baboneraho gutabaza inzego zâumutekano ngo zibarwaneho, naho bitabaye ibyo ngo hehe nâikirayi […]
Uganda: Undi musore agerageje kwiyahura ruramubwira ruti uzaze ubutaha
Nyuma yâamezi atageze kuri abiri umusore wâimyaka 17 wo mu gihugu cya Uganda witwa Mustafa Lule agerageje kwiyahura asimbutse ku nyubako ndende izwi nka Mabirizi Complex ariko akarokoka, undi mugande kuri uyu wa Kane, itariki 22 Nzeri 2016, nawe yagerageje kwiyahura asimbutse ku nyubako ndende yâubucuruzi izwi nka Garden City Mall nawe ruramwanga. Uyu musore […]
Kim Kardashian yavuze ikimutera kurata amabere
Mu gihe hari benshi bibazaga impamvu cyangwa intego aba afite, Kim Kardashian umugore wâicyamamare Kanye West, yasobanuye ikimutera kwambara utwenda tubonerana dutuma amabere ye abonwa na buri we. Yagize ati: ânkunda imyenda ibonerana, bikanangaragariza icyo abantu batekerezaâ. Uyu mugore wirata ubwiza nâuburanga, avuga ko nyuma yaho abyariye umwana wa kabiri yatakaje ibiro bye 31, ibyo […]