Amakosa 5 utagomba gukora nyuma yo gutandukana n’umukunzi wawe
Gukunda no gukundwa ni bimwe mu bintu bituma umuntu aryoherwa n’ubuzima. Ariko siko ibintu bihora ari byiza mu rukundo. Hari gihe kigera uwo wakundaga mugatandukana. Tugiye kurebera hamwe amakosa ugomba kwirinda gukora nyuma yo gutandukana n’umukunzi wawe. Wikwihimurira ku mubiri wawe Niba uwo wakundaga akwanze ntago ugomba kwihimurira ku mubiri wawe ngo ujye mu nzoga, […]
Jose Mourinho yihagazeho avuga ko nta cyuho yagize cya Petr Cech kandi amaze gutakaza imikino 4
Mu itangira ry’igihembwe cy’imikino ya 2015-16 Chelsea imaze gutakaza imikino 4 yikurikiranya, bikaba bishyirwa mu majwi ko byaba ari ukubera kubura umuzamu Petr Cech wagiye mu ikipe ya Arsenal, umutoza Mourinho we akomeje kwihagararaho avuga ko nta cyuho kiri mu ikipe. Umutoza wa Chelsea Jose Mourinho azwiho kuvuga cyane mu itangazamakuru yigamba ku batoza bagenzi […]
Uko amakipe arahura mu mikino ya Premier League 2015-16 irafungurwa kuri uyu wa gatandatu
Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 8 Kanama 2015 nibwo shampiyona ikunzwe cyane ku isi na hano mu Rwanda English Premier League yo mu Bwongereza iraba itangira. Iri rushanwa ryitabiriwe n’amakipe 20 yo mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza mu makipe yakinnye shampiyona y’umwaka ushize hakaba hariyongereyemo amakipe 3 mashya. Aya makipe mashya ni Wotford, […]
Amikoro make atumye APR na Royon Sports batitabira irushanwa
APR Volleyball Club mu bagabo ndetse no mu bagore na Rayon Sports VC ntizizitabira irushanwa rya KAVC kubera ubushobozi buke. Umutoza w’ikipe ya APR Volleyball Club, Sibomana Viateur avuga ko iri rushanwa bari bifuje kuryitabira ariko basaba ubuyobozi amafaranga atinda kuboneka bityo bahitamo kubyihorera. Nyirimana Fidèle umutoza w’ikipe ya Rayon Sports VC avuga ko iri […]
Chrstiano Ronaldo yatanze impano yakataraboneka m’ubukwe bw’umuhuza we ku isoko Jorge Mendes
Kuri iki cyumweru taliki ya 2 Kanama nibwo Jorge Mendes umunya Portugal w’imyaka 49 akanaba umuhuza ku masoko(Agent) w’abakinnyi batandukanye bakomeye ku isi yakoze ubukwe,maze Cristiano Ronaldo wanamugaragiye mu bukwe(Best man) amuha impano y’ikirwa. Mu mugi wa Porto niho ubu bukwe bwa Jorge Mendes na Sandra Barbosa bwabereye,bwari bwitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye ku mugabane w’uburayi byiganjemo […]
Umunyarwanda Jane yaguye mu Bwongereza azira kwibagisha ngo bamwongerere ikibuno
Jane Kiiza,umugande ufite inkomoko mu Rwanda yitabye Imana mu gihugu cy’ubwongereza azira kwibagisha agamije kwiyongereshaho ikibuno Ku italiki ya 19 Kamena nibwo uyu mugore yagiye mu bitaro bya Clementine Churchill Hospital kugira ngo bamubage bagabanye umubyibuho wo munda bamwongerere n’ikibuno kibe kinini. Nyuma y’iminsi ine gusa ari mu bitaro nibwo byatangajwe ko yitabye Imana azize […]
Umuhanzi Davis yigambye kuri bagenzi be ahamya ko ari we uzegukana irushanwa rya Salax Award
Umuhanzi Ikishaka David uzwi cyane nka Davis D w’imyaka 22 ubarizwa mu itsinda All Star Music wamenyekanye cyane mu ndirimbo ye nka Biryogo ,My Sweety, Maria Kariza arahamya ko atazacikwa n’ibihembo bya Salax Award kubera ibikorwa bye n’ingufu ashyira mu muziki we. Davis mu kiganiro yagiranye na Bwiza.com yemeje ko ashingiye ku ntera amaze kugezaho […]
Rihanna kuva kungoyi ya Sekebi ntibyamukundiye asigaye yifotoza yisanisha n’ikigirwamana-AMAFOTO
Rihanna umuhanzikanzi w’imyaka 27 akomeje kuvugwaho byinshi mu kujarajara haba mu rukundo no mu myemerere kuri ubu amafoto ye ameze nk’ay’ikigirwamana cya Baphomet akomeje kuvugisha benshi. Kuwa mbere ushize nibwo uyu muhanzi kazi yari yasuye iwabo ku ivuko i Barbados ,aho yari yitabiriye iserukiramuco. Muri uru ruzinduko Rihanna yari yambaye imyenda idasanzwe ariko abakurikirana ibikorwa […]
Zari Hussein inshoreke ya Diamond yanze konsa uruhinja yamubyariye
Nyuma y’iminsi 3 umuherwe Zari Hussein yibarutse umwana w’umukobwa bitangazwa ko yamubyaranye n’umuhanzi Diamond Platnumz, biranatangazwa ko uyu mugore yahakanye konsa uru ruhinja. Amakuru dukesha Bongo5, umuhanzi Diamond wari usanzwe yarambitswe urubwa ko atabyara arwambitswe n’uwahoze ari umukunzi we Sepetu, ubu noneho n’aho bitangajwe ko Zari yamubyariye umukobwa yanze kumwonsa. Iyi nkuru ikaba yatangiye gukwirakwira […]
Isubiramo ry’indirimbo “applause”ya Lady Gaga ryacanze abantu benshi-REBA VIDEO
Soufjan ni umwana ukiri muto washoboye gusubiramo indirimbo “applause” ya Lady Gaga imbere y’imbaga nyamwinshi abari aho bose baravangirwa. Impano z’abantu ziratandukanye mu buryo bw’ubuhanzi, hari abahanzi bazi kwandika, kuririmba, gushushanya, gukina n’ibindi. Hari abahanzi bashobora kwandindika neza indirimbo ariko batazi kuririmba, hakaba hariho n’abazi kuririmba gusa no kubyina. Ubuhanzi bw’uyu mwana bwo burahebuje kuko […]
Umuherwe Zari Hussein yibarutse impfura y’umuhanzi Diamond
Nyuma y’igihe kirekire inda Zari Hussein yari atwitiye Diamond ivugwaho byinshi mu bitangazamakuru, mu rukerera rwo kuri uyu wa kane tariki ya 6 Kanama 2015 yibarutse umwana w’umukobwa mu bitaro byo muri Tanzaniya. Abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Zari yatangaje ko yibarutse umukobwa, ati:” arahari kandi ni umukobwa”. N’ubwo mu makuru batangaje batigeze batangaza […]
Zuena ari kwitabaza n’abataravuka mu kwamamaza igitaramo Bebe cool azakorera muri Serena Hotel
Moses Ssali uzwi ku izina rya Bebe Cool ni umuhanzi w’imyaka 37 y’amavuko ukomeye cyane mu gihugu cya Uganda, uburyo igitaramo ateganya gukorera muri Serena Hotel i Kampala kirimo kwamamazwa ntibisanzwe, ku buryo hari kwitabazwa n’abataravuka. Zuena Kirema ni umugore w’umuhanzi Bebe Cool, uhora agaragaza kurwanira ishyaka umugabo we mu bikorwa bye by’iterambere cyane cyane […]
Amashusho y’indirimbo Anaconda ya Nicki Minaj agiye gushyirwa mu nzu ndangamurage- AMAFOTO
Nicki Maraj icyamamare gututuka muri USA w’imyaka 32 y’amavuko, wamenyekanye cyane munjyana ya Hip Hop nyuma yo kugenda ahabwa ibihembo bitandukanye kuri amashusho y’indirimbo ye Anaconda agiye gushyirwa mu nzu ndangamurage. Mu mwaka ushize wa 2014, nibwo amashusho y’indirimbo ye Anaconda yashyizwe hanze, arakundwa mu bice bitandukanye byo ku isi ndetse inahesha uyu mukobwa ibihembo […]
Itorero ADEPR mu ruhurirane rw’ubugambanyi, ubusambanyi n’amacakubiri
Itorero rya Pentekote ryo mu Rwanda rizwi nka ADEPR ryagiye rivugwamo ibibazo bitandukanye birimo ubugambanyi, guhangana n’abashakaga kwimakaza ubusambanyi mu idini ndetse n’amacakubiri. Ibi bikaba byaragiye bitangazwa n’ibitangazamakuru bitandukanye kuva mu 2012 kugeza ubu. Mu mwaka wa 2012 ubwo itorero rya ADEPR ryayoborwaga na Pasiteri Usabwimana Samuel, hatangiye kujya havugwamo ibibazo by’amakimbirane ashingiye ku myemerere […]
Ubuhamya: Papa yagerageje kunyica ariko naramubabariye
Ubu ni ubuhamya bw’umuntu wanyuze mu bikomeye Imana ikaza kumugenderera. Nitwa Jean Pierre navukiye mu muryango navuga ko ari «uw’ibibazo»: ababyeyi banjye bari barabaswe n’ibiyobyabwenge, papa we yari anateye ubwoba ndetse anakaze kuko ibyo byari byaramusaritse. Mu mikurire yanjye nabayeho nkubitwa (ndereshwa inkoni). Nakuranye ubwoba bukabije kubera ukuntu papa yari ateye. Mu myaka 13 naje […]
Ndahamiriza ko ijuru ririho kandi rifite ubwiza butagereranwa
Aya ni amagambo yavuzwe n’ umunyamerika w’ umuvugabutumwa mpuzamahanga “Billy Graham” , yemeza adashikanya ko ijuru ririho kandi ritatswe ubwiza budafite icyo bwagereranwa na cyo mu byo tubona muri iyi si byose. Ni mu gihe abantu benshi bakomeza kuba mu rujijo bibaza niba ijuru ririho koko cyangwa uko ryaba risa? Billy Graham yandikira igitangarazamakuru The […]
USA yataye muri yombi umunyarwanda ukekwaho Jenoside
Umunyarwanda Peter Kalimu akurikiranwe n’urukiko rwa Leta Zunze za Amerika rumukekaho rumurega kuba yarasisibiranyije amateka ye mu gusaba ubwenegihugu bw’icyo gihugu kandi yaragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no guhindura amazina ye. Ikinyamakuru Buffalo News dukesha iyi nkuru kivuga ko Kalimu w’imyaka 48 akurikiranweho kubeshya urwego rwa USA rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu akihindurira […]
Umunyarwanda wabaga mu Buholandi yihanuye ku igorofa ya 20 yikubita hasi ahita apfa
Umunyarwanda witwaga Manzi Jean Pierre wigaga mu gihugu cy’u Buholandi yashatse kwiyahura yiteraguye ibyuma biranga birangira afashe icyemezo cyo kwihanura ku igorofa. Bitangazwa ko uyu musore Manzi yagerageje kubanza kwiyahura yijombye icyuma ariko nyuma akoresha ubundi buryo bwo kwihanura ku igorofa ya 20 yikubita hasi ahita apfa. Mbere y’uko ngo uwo musore yihanura kuri iyo […]
Kayonza: Abaturage ntibabyumva kimwe ku ihindurwa ry’ingingo y’101 yo mu itegekonshinga
Abaturage bo mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza baravuga ko badashobora kwitesha Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuko yabayoboye neza bagatera imbere ariko bose ntibahuriza ku kuba ingingo y’101 mu itegeko nshinga yahinduka. Rwabugande Celestin umuturage utuye mu kagari ka Juru avuga ko tumwe mu tugari two muri uwo murenge twatangiye guturwa nyuma […]
Burundi: Abantu 2 batoraguwe banizwe — REBA VIDEO
Mu gitondo cya kare nibwo abaturaga bagendaga mu muhanda babonye imirambo y’abantu babiri bari mu muferegi utwara amazi mu gace kazwi ku izina rya “Kubumwe”, ikigaragara ngo ni uko aba bantu bashobora kuba bishwe banizwe kuko ngo bari bafite inguma mu bikanu. Umuyobozi wa Karere ka Buterere Pauline Ruratotoye yavuze ko bishoboka ko abo bantu […]
Perezida Paul Kagame yagereranijwe na Yosuwa uvugwa muri bibiriya naho Fred Rwigema nka Mose
Umwe mu bapasitoro b’Abadiventiste witwa Kanyamutuzo Elias yagereranyije Perezida Kagame nka Yosuwa naho Rwigema amugereranya nka Mose. Ni kuri uyu wa 3 Kanama,ubwo abadepite basuye akarere ka Nyabihu bahura n’abahagarariye Sosiyete Civile ,abakozi b’akarere ndetse n’abahagarariye amadini,bose batanga ibitekerezo ku ihindurwa ry’ingingo y’101 yo mu itegeko nshinga. Pasitoro Elias yashingiye ku isomo riboneka mu gitabo […]
Abasirikare 8 ba RDF barashwe na mugenzi wabo batangiye kuvuzwa
Abasirikare 8 bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrefrique baherutse kuraswa na mugenzi wabo nawe waje kuraswa nyuma kuri ubu batangiye kuvurizwa ahantu hatandukanye. Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig. Gen. Joseph Nzabamwita, yavuze ko abasirikare batanu mu munani barashwe na mugenzi wabo i Bangui kuri iki cyumweru bajyanywe mu bitaro bya Loni byitwa Nakasero Hospital mu […]
Abarwanyi ba FDLR baratunga agatoki ingabo z’u Rwanda kubarasaho ikibatsi
Nyuma y’aho abarwanyi ba FDLR bakubitiwe ikibatsi n’ingabo za Kongo FARDC zigatwika ibirindiro n’amacumbi yabo ubu aba barwanyi ba FDLR baravuga ko ari ingabo za RDF zabarasheho kuko ingabo za FARDC zitabishobora. Amakuru aturuka mu bitangazamakuru binyuranye aravuga ko umutwe w’inyeshyamba z’Abanyarwanda uzwi ku izina za FDLR uri mu bihe bikomeye, ingabo za Kongo, FARDC, […]
Abishe Gen. Adolphe Nshimiyimana bacakiwe n’inzego zishinzwe umutekano
Mu gihe Perezida Nkurunziza w’u Burundi yari yatanze icyumweru kimwe cyo kuba hamenyekane abamukoze mu nda bakica umujyanama we mukuru, kuri iki cyumweru tariki ya 9 Kanama 2015, umushinjacyaha mukuru yatangaje ko abamurashe bafashwe bari mu maboko y’abashinzwe umutekano. Mu itangazo ryashyizwe hanze n’urwego rw’ubushinjacyaha bwa Repubulika y’u Burundi, ni uko ngo bamwe mu barashe […]
Umujyi wa Kigali ufatanyije na Polisi y’u Rwanda banyomoje Ibirego by’umuryango wa Rwigara
Nyuma y’ibibazo byagiye bitangazwa n’umuryango wa Rwigara Assinapol ku cyemezo cy’Umujyi wa Kigali kirebana n’inyubako ndetse n’ikibanza by’uwo muryango ndetse n’itabwa muri yombi ry’umupfakazi wa Nyakwigendera Rwigara Asinapolo,Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ibyo bibazo byakemuwe kinyamwuga. Rwigara Assinapol yahitanywe n’impanuka ikomeye yabereye mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya ho mu Karere ka Gasabo […]
Abapasiteri 2 bo mu itorero riyobowe na Ap. Gitwaza batawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Kanama 2015, abapasiteri 2 bo mu Itorero Zion Temple riyoborwa na Ap Gitwaza batawe muri yombi ubwo bari mu gitaramo “Afurika haguruka” kuri stade ya ULK ku Gisozi. Abo bapasiteri ni Bishop Dieudonne Vuningoma Visi Perezida muri iri torero rya Zion Templena hamwe Pasiteri Comeroun […]
Umuryango wa Rwigara Assinapol ukomeje kuvuga Leta y’u Rwanda iri kuwibasira
Umuryango w’umucuruzi wari ukomeye mu Rwanda Nyakwigendera Rwigara Assinapol wavuze ko ubuyobozi bw’igihugu bukomeje kuwutoteza bitagira akagero bijyanye no gufata ibyemezo birimo no gusenya igorofa ryabo ngo kuko ryubatswe nta byangombwa babifitiye.Hagati aho amakuru aravuga ko umupfakazi wa Nyakwigendera yamaze gutabwa muri yombi na polisi ariko Polisi y’u Rwanda ntacyo irabivugaho . Amakuru dukesha ibitangazamakuru […]
RNC: Dr Rudasingwa Theogene yahiritswe ku butegetsi na Majoro Higiro
Hashize igihe abantu benshi bibaza aho uwarusanzwe ayobora RNC Rudasingwa Theogene yaburiye ariko amakuru dukesha abimbere muri iryo shyaka bakaba bavuga yuko ubu ishyaka rya RNC ubu riri mu biganza bya Maj. Robert Higiro. Ibi bije nyuma y’aho Majoro Robert Higiro ashyize mu majwi Dr Rudasingwa na Gen Kayumba Nyamwasa bavuzweho ko bari barateguye umugambi […]
Zimwe mu ndwara zivurwa no gusomana ku bashakanye
Inzobere mu miterere n’imibereho ishingiye ku gitsina, mu kiganiro yagiye atanga kuri radio zitandukanye, yavuze ko gusomana ku bashakanye hari indwara zimwe na zimwe bishobora kuvura. Yakomoje ku bagabo bagira ikibazo cyo kurangiza vuba hamwe n’abafite ikibazo cyo kutagira ubushake bw’imibonano mpuzabitsina (gushyukwa). Yagize ati “ Gusomana ku buryo bwimbitse ku bantu bubatse biravura […] […]
Semushi Karangwa Gerard ngo ishyaka rye riri mu gihirahiro
Gérard Karangwa Semushi Vice Perezida w’ishyaka PDP Imanzi aravuga ko akomeje gutegereza ko ishyaka rye ryemererwa gukora ku mugaragaro nyuma y’aho abwiwe ko leta y’u Rwanda itakwemerera iri shyaka gukora mu gihe hari ibyo ryasabwaga guhindura bigahindurwa ndetse n’ishyaka rigahindura inyito ariko barategereje amaso yaheze mu kirere. Karangwa Gerard Semushi yavuzwe mu mu itangazamakuru cyane […]
USA: Perezida Kagame mu rugendo arimo yagaragaje agaciro abafite ubumuga bafite
Kuva ku cyumweru Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yari I Los Angeles muri America aho yagiye gutangiza ku mugaragaro amarushanwa ya Olympique yihariye mu gihe cy’impeshyi. Mu ijambo rye akaba yaragaragaje agaciro leta y’u Rwanda yahaye abafite ubumuga. Kuri iki cyumweru Perezida Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga ku itarembere ridaheza, agaragaza uburyo u Leta y’u Rwanda […]
Umukambwe w’imyaka 86 yarize nk’umwana ubwo yavugaga ibyiza bya Perezida Kagame
Umukambwe w’imyaka 86 y’amavuko, utuye mu murenge wa Ntongwe ho mu karere ka Ruhango yavuze ku byiza akesha Perezida Kagame amarira aragwa. Hari mu gikorwa cy’abadepite, ubwo bari bagiye kumva ibitekerezo by’abaturage mu murenge wa Ntongwe bijyanye n’ivugururwa ry’itegekonshinga mu ngingo yayo y’101 ngo Perezida Kagame abe yakongera guhabwa amahirwe yo kongera kwiyamamaza ku bw’ubusabe […]
Nyuma yo kwitwa indiri y’abarwanya Leta y’u Rwanda, umubano wa Afurika y’Epfo n’u Rwanda wazutse
Nyuma y’aho umubano hagati y’u Rwanda na Afurika y’Epfo uziyemo agatotsi kugera n’aho abadiplomate birukanwa muri ibi bihugu byombi, kuri ubu umubano hagati y’ibi bihugu byombi ni ntamakemwa. Maite Nkoana-Mashabane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo, kuri uyu wa mbere nibwo yatangaje ko umubano uhagaze neza kuko ambasade z’ibihugu byombi zifunguye. Muri Werurwe 2014 nibwo […]
Ubwongereza bukomeje kunengwa kubera ikibazo cya Karenzi Karake
Jendayi Frazer wahoze ari Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ushinzwe ibikorwa byo ku mugabane wa Afurika, yanenze bikomeye ibihugu bimwe byo ku migabane y’u Burayi na Amerika byangiza ubutabera, ashimangira ko kuba u Bwongereza bwarataye muri yombi umukuru w’urwego rw’ubutasi rw’u Rwanda, Lt Gen Karenzi Karake, ari agasuzuguro gakomeye. Uyu mudipolomate wahoze ushinzwe […]
Leta y’u Burundi mu bisa nk’ubushotoranyi ku Rwanda, nta ndirimbo y’inyarwanda yemerewe guca kuri radiyo z’i Burundi
Nyuma y’ibyatangajwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi ko hari abasirikare 3 babo bahungiye mu Rwanda, kuri ubu indirimbo z’abanyarwanda ntizemerewe gucurangwa mu bitangazamakuru by’i Burundi. Jérôme Nzokirantevye, Umuyobozi mukuru wa Radio na Televizoyo by’Igihugu mu Burundi (RTNB: Radio Television Nationale du Burundi ) niwe watanze iri tangazo amenyesha ko nta ndirimbo n’imwe y’abanyarwanda uko […]
Perezida Nkurunziza arabyina intsinzi abajenerali be bahekenyera amenyo nzira ngo baje kuyimuryoza
Nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu yabaye ku wa kabiri tariki ya 21 Nyakanga 2015, Perezida Nkurunziza yatangiye kubyina intsinzi ko agiye kuyobora indi manda benshi bemeza ko ihabanye cyane na Demokarasi, bityo bamwe mu bajenerali be bakomeje guhekenyera amenyo ishyamba ari nako batanga integuza z’uko bari nzira baje kubumuryoza. Ubwo byatangazwaga ko Perezida Nkurunziza wari uhagarariye […]
Umunyarwenya Ann Kaansime yaneguye Desire Luzinda none yamwomye inyuma n’amafoto y’urukozasoni
Ann Kaansime ni umunyarwenya ukomoka mu gihugu cya Uganda, uyu mugore yagiye avugwaho byinshi bitandukanye mu bitangazamakuru nyuma yo kwigana amafoto ya Desire Luzinda wari warabaye iciro ry’imigani kubera amafoto ye yashyizwe hanze yambaye ubusa. Ayavugwaga kuri Desire Luzinda ubu arimo kuvugwa kuri uyu munyarwenya nyuma yo gushyira hanze amafoto ye yifotoreje ku mazi aho […]
Chris Brown yabonekewe n’abamalayika none yahisemo kwitandukanya na Sekibi
Icyamamare Christopher Maurice Brown wamamaye ku izina rya Chris Brown, umusore w’imyaka 26 y’amavuko wavuzweho kenshi gukorana n’imbaraga z’umwijima, kuri ubu aremeza ko yaba yabonekewe, akumva ijwi ry’Imana rimuhamagara rikamusaba guhinduka. Nk’uko yabicishije ku rukuta rwe rwa Instagram, Chris Brown yavuze ko yumvise ijwi ry’Imana rimusaba kureka ibibi yakoraga agahinduka maze nawe akumvira Ijwi ry’Uhoraho […]
Malaika yaguye mu gihugu cy’Ubwongereza arahungishwa-AMAFOTO
Ikiremwa muntu kimeze nka malayika cyahanutse kiva mu ijuru kigwa ku butaka bw’igihugu cy’Ubwongereza. Icyo kiremwa gisa cyane n’umuntu cyaguye gifite amababa ameze nk’aya malaika mu ma saha ya saa saba n’iminota mirongo itanu (13h50) Nk’uko urubuga boredpanda rubivuga ngo uyu malaika asa cyane n’ibiremwa muntu, abantu bameze n’abapolisi ariko bambaye imyambaro isanzwe n’amadarubindi atagaragaza […]
Itorero “Amasonga adasumbwa” rizatanga umuganura mu mbyino no mu mudiho i Muhanga
Ni kuri uyu wa gatanu tariki ya 31 Nyakanga 2015, ubwo itorero “Amasonga adasumbwa” ribyina imbyino za gakondo rizatanga umuganura mu mbyino no mu mudiho i Muhanga. Mu kiganiro bwiza.com yagiranye na Bucyansenga Kizito Perezida w’iri torero, yatangaje ko bateguye iyi nkera y’umuganura mu rwego rwo kurushaho gukumbuza ndetse no kugaragarariza abanyarwanda uburyo ku munsi […]
Muri CECAFA Kagame Cup, abafana bemeza ko final igiye gukinwa itarageza igihe
Nyuma yo kurangiza imikino y’icyiciro cya mbere idatsinzwe umukino n’umwe, ikipe APR FC izahura na Khartoum National mu mikino ya ¼ cya CECAFA Kagame Cup iri kubera muri Tanzaniya. Muri iyi mikino ya kimwe cya kane cy’irangiza, benshi bafite amatsiko y’uburyo amakipe azahura cyane ko ay’ibihangage arimo agiye guhura muri ¼. Nyuma y’uko amakipe nka […]
Burundi: Mu misozi miremire imirwano yongeye kuvuza ubuhuha, abagabye igitero ntibazw
Mu gace gaherereye mu misozi miremire muri komini ya Vugizo hafi y’ikiyaga cya Nyanza ho mu Burundi, kuva ku wa gatandatu tariki ya 25 Nyakanga humvikanye urusaku rw’amasasu, bikaba bitangazwa ko ari imirwano yabaye hagati y’abasirikare n’igipolisi bya Leta byari bihanganye n’umutwe w’inyeshyamba utazwi. Amakuru ava mu baturage baherereye muri kano gace imirwano yabereyemo batangarije […]
Nta mwanya Kenya ifite wo gutakaza hejuru y’abatiganyi
Kuri iki cyumweru tariki 26 Nyakanga nibwo Perezida Barack Obama yasoje uruzinduko yagiriraga mu gihugu cya Kenya. Mu kiganiro bagiranye n’itangazamakuru Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta avuga ku burenganzira bw’abatiganyi yongeye gushimangira ko icyo atari ikibazo gikomereye Abanyakenya ahubwo ko bakeneye kwita ku bindi bibareba bitandukanye nka ruswa n’iterabwoba. Obama we abibona ukundi aho […]
Hifashishijwe umutuzo ubu habonetse umuti uvura ababaswe n’inzoga n’ibiyobyabwenge
Umuryango Brahma Khumaris uravuga ko ubu abantu batandukanye babaswe no kunywa inzoga, itabi n’ibiyobyabwenge bashobora gukira nta wundi muti bifashishije uretse gutuza no kuyobora ibitekerezo ibyo bakunze kwita meditation mu ndimi z’amahanga . Ibi ni ibyagaragajwe na Dr Nir Maladidi umuganga usanzwe ariko ufite ubunararibonye muri meditation. Ubwo yaganiraga n’abantu basanzwe bakora uyu mwitozo ku […]
Nyuma y’aho Perezida Museveni asohoreye indirimbo ya 2, Perezida Barack Obama nawe ari mu nzira
Nyuma y’aho Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, asohoreye indirimbo ye ya kabiri mu jyana ya rap yise ‘Yengoma’ bisobanuye ‘ingoma’ na Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Barack Obama yahamije ko afite inganzo ihambaye ndetse akaba aririmbira iwe murugo. Nk’uko yabitangarije mu gitaramo youth summit yari yitabiriye kuri uyu wa gatatu taliki ya 22 […]
Amafoto y’umunyamategeko Corazon yagereranyijwe n’igisasu Kenya yateye ku Isi (REBA AYO MAFOTO)
Corazon Kwamboka ni umunyakenyakazi, uyu mukobwa yatangiye gushyira ku mbuga nkoranyamabaga amafoto ye mu mwaka ushize wa 2014 ubwo yari akirangiza kwiga mu ishami ry’amategeko (droit) muri Kaminuza yo muri icyo gihugu cy’amavuko. Amakuru dukesha senego.com, avuga ko amafoto y’uyu mukobwa nyuma y’aho agaragariye ku mbuga nkoranyambaga, ngo benshi bagiye bifuza gukundana n’uyu mukobwa by’umwihariko […]
Ese Imibonano mpuzabitsina niyo ikomeza urukundo? Dore ibintu 20 wakorera uwo ukunda akanyurwa
NK’uko benshi mu bakundana babitangaza ngo urukundo ni impumyi, abari mu rukundo baba bifuza guhorana mu munezero umwe akaba umunezero wa mugenzi we. Bityo dore ibyo umuntu ashobora gukora akanezeza uwo akunda, gusa benshi bibeshya cyane ko imibonano mpuzabitsina ko ari yo musingi w’urukundo ariko si yo y’ibanze ndetse ntiyakanabaye ngombwa mbere yo kurushinga. Ibyo […]
Amag G yarahiye ko atari agakingirizo cyangwa umusifuzi w’inda Bruce Melody ngo yaba yarateye Agasaro
Nyuma y’iminsi bivugwa ko Bruce Melody atorohewe kubwo kwihakana umukobwa yateye inda akamwihakana bigatuma ajyanwa mu nkiko ,Amag The Black watanzwe nk’umuhamya yabyamaganiye kure. Agasaro Diane uvuga ko yatewe inda n’umuhanzi Bruce Melody yatanze abahamya bari bahari ubwo yaryamanaga n’umuhanzi Bruce barimo na Amag The Black ariko we abajijwe koko niba yahamya ibyo yabonye abyamaganira […]
Hakozwe isutiye yifungura kubera urukundo rurangwa n’umukobwa uyambaye
Ikigo cyo mu Buyapani cyakoze isutiye yifungura ntawe uyikozeho. Iyi sutiye ikaba yifungura iyo umugore cyangwa umukobwa ahuye n’umugabo akunda cyane. Huffington post dukesha iyi nkuru, ivuga ko iyi sutiye yiswe “urukundo rw’ukuri mu igeragezwa” igaragaza icyo umugore yiyumvamo, yakozwe n’uruganda rw’imyenda rwitwa “Ravijour”. Nk’uko bigaragara mu mashusho yo kwamamaza, iyi sutiye ikozwe mu […]
Hello world!
Welcome to Network Sites. This is your first post. Edit or delete it, then start blogging!
Nyuma yo gupfusha abana babiri bahiriye munzu , hakozwe igikorwa cyo kumuremera banamuhoza amarira – AMAFOTO
Kuri iki cyumweru tariki 5 Nyakanga 2015 , nibwo ku Itorero rya Adepr Kicukiro Shelli habaye igiterane cy’ivugabutumwa kigamije gufasha umubyeyi wahuye n’Ishyano ryo gupfusha abana be babiri bahiriye munzu , ubwo we yari yagiye mu masengesho . Mu ijoro ryo ku wa kabiri rishyira ku wa Gatatu tariki ya 27 Gicurasi 2015 nibwo kampire […]
Burundi: Batatu baguye mu myigaragambyo, 600 batabwa muri yombi
Amakuru yakiriwe n’Ikinyamakuru Bwiza News arahamya ko abantu nibura batatu baguye mu myigaragambyo yo kwamagana manda ya gatatu ya Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza. Abagera kuri 600 batawe muri yombi. Imyigaragambyo ikomeye yongeye kwubura mu ntangirirp z’ukwezi kwa Gicurasi, yibasira uturere ( amakaritsiye menshi) tw’umurwa mukuru Bujumbura. Imyigaragambyo yabereye muri Komine Musaga, Cibitoki, Mutakura, Kamenge, […]
Burundi: Batatu baguye mu myigaragambyo, 600 batabwa muri yombi
Amakuru yakiriwe n’Ikinyamakuru Bwiza.com arahamya ko abantu nibura batatu baguye mu myigaragambyo yo kwamagana manda ya gatatu ya Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza. Abagera kuri 600 batawe muri yombi. Imyigaragambyo ikomeye yongeye kwubura mu ntangirirp z’ukwezi kwa Gicurasi, yibasira uturere ( amakaritsiye menshi) tw’umurwa mukuru Bujumbura. Imyigaragambyo yabereye muri Komine Musaga, Cibitoki, Mutakura, Kamenge, Kinindo, […]
Burundi : 50 morts et 500 blesses, victimes de la repression
L’une des victimes de la première heure des répressions contre les manifestations au Burundiu est un journaliste de groupe de presse Iwacu, dernier média libre au Burundi après le saccage des radios indépendantes et la fuite de la plupart des rédacteurs. Armel Uwikunze aurait succombé à la torture, après son interpellation musclée survenu dans le […]