Umuyobozi Mukuru wa MTN Uganda yahambirijwe ku mpamvu z'ubusugire bw'igihugu

Mu gihugu cya Uganda hakomeje kuvugwa ihagarikwa rya bamwe mu bakozi ba MTN ku mpamvu ziswe iz’umutekano w’igihugu babangamiye.Abantu banyuranye bakora mu bigo n’inzego zinyuranye bakomeje gufatwa, bamwe bagafunga abandi bakirukanwa muri Uganda, nabwo bagahabwa amasaha make ngo babe batakibarizwa ku butaka bwayo. Ikigo cy’itumanaho MTN ni kimwe mu byo ubutasi bwa Uganda bwabonyemo akabazo, […]

Kwipimisha SIDA ku bushake ntibiritabirwa ku gipimo gikwiye

Mu muhango wo kwizihiza umunsi Mpuzamahanga ngarukamwaka w’agakingirizo, abafashe ijambo bagaragaje ko hari benshi batariyumvisha ko kwipimisha Sida ari ingenzi ku buzima bwabo, bityo bagakangurirwa kwipimisha ngo bamenye uko bahagaze n’uko babyitwaramo baramutse basanze baranduye.   Ibikorwa byo kuzirikna ku bubi bwa Sida no gukangurira abaturage kuyirinda byabereye mu murenge wa Ngoma, AKarere ka Huye, […]

Imbamutima ku baturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba, Amajyepfo bashimira RDO

Ku wa Gatatu tariki ya 13 Gashyantare 2019 , Umuryango RDO (Rwanda Development Organisation) mu mwiherero w’iminsi ibiri wahuje abakozi n’abafatanyabikorwa bawo, bishimira ibikorwa bitandukanye uyu muryango wakoze, ahanini bishingiye ku buhinzi, ibidukikije n’iterambere rirambye byakozwe mu myaka 24 ishize uyu muryango ushinzwe, hagaragajwe impinduka zabayeho zihurizwaho n’abaturage baturuka mu turere tumwe na tumwe two […]

50 Cent yatwitse imyenda ya Kompanyi ya Gucci yari atunze

Umuraperi 50 Cent  yatwitse imyenda yose ya Kompanyi ya Gucci yari atunze mu rwego rwo kwamagana ivangura ruhu ryakozwe n’iyi kompanyi. Kompanyi ya Gucci yari yasabye imbabazi ku kuba yarakoresheje umuntu wirabura mu kwamamaza ibicuruzwa byabo. Ibi abantu benshi babifashe nk’ivangura rishingiye ku ruhu. [penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” […]

RDC: Abana 6 bavukana bapfiriye rimwe nyuma yo kugwirwa n’inzu

Abana batandatu bo mu muryango umwe mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu, itariki 13 Gashyantare bapfiriye rimwe bazize inkuta n’igisenge by’inzu byabagwiriye ahitwa Kananga, muri Kasai yo Hagati, ho muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Se w’abana yakomeretse bikabije ajyanwa kwa muganga, naho nyina utari uhari abasha kurokoka iyi mpanuka. Inkuru dukesha Radio Okapi […]

Bisangabagabo wakozwe ku mutima na jenoside yiyemeje kuvana mu bukene urubyiruko

Nyuma yo gusoza amashuri ye muri Kaminuza Nkuru y’ u Rwanda mu ishami ry’ Uburezi n’ Ubukungu mu mwaka wa 2008, Bisangabagabo Kimenyi Dieudonne wavutse mu 1979, yihaye intego yo gufasha urubyiruko kwihangira imirimo. Mu rwego rwo kugera kuri iyi ntego yo gufasha urubyiruko,  Bisangabagabo yahise ashinga umuryango CSDI/Rwanda kugira ngo arwanye ubukene bwugarije ahanini […]

Abandi Banyarwanda bajugunwe Kagitumba nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye

Abanyarwanda batanu  bagejejwe ku mupaka wa Kagitumba nyuma y’igihe muri gereza muri Uganda aho bakoreshwejwe imirimo ivunanye. Bavuga ko bari bamaze bafungiye muri gereza ya Ntungamo na Kasese, bivugwa ko hari abandi Banyarwanda benshi. Umwe muri aba,  Felicien Ntigurirwa wo mu Karere ka Gatsibo, yavuze ko yagiye muri Uganda mu 2018 agiye gusura abavandimwe be, […]

Ambasaderi w’u Burundi aravuga ko EAC nidatumiza inama ku bibazo byabwo n’u Rwanda izagira ibibazo

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ngo ugomba gutumiza inama yo kugerageza gucyemura ibibazo by’imibanire mibi hagati y’u Burundi n’u Rwanda, naho ngo nibitagenda gutyo umwuka mubi hagati y’ibi bihugu byombi by’ibinyamuryango uzahagarika imigambi y’ubukungu y’uyu muryango nk’uko Ambasaderi w’u Burundi mu Burusiya, Edouard Bizimana, yabitangarije ikinyamakuru Sputnik cyo muri iki gihugu. Mu mpera z’umwaka ushize, […]

Umupolisi yasambanyirije  umugore mu biro  nyuma yo kumufatiraho imbunda

Polisi ya Kira mu Mujyi wa Kampala yataye muri yombi umwe mu bapolisi bakuru waguwe gitumo asambanya umugore witwa Hellen w’imyaka 19 wari ufite ibyaha akurikiranweho. Uwatawe muri yombi yitwa Langu usanzwe akorera kuri Sitasiyo ya Kirinya muri Bweyogerere. Inkuru dukesha Spyreports ivuga ko Hellen yafunzwe kuwa 9 Gashyantare 2019 ashinjwa guhohotera umukobwa we. Iyi […]

Jose Chameleone yaguriye umugore we inzu ihenze muri Amerika- AMAFOTO

Mu gihe hizihizwa Umunsi Mukuru w’Abakundanye (Valentine’s Day ), kuri uyu wa 14 Gashyantare, umuhanzi Dr. Jose Chemeleone wo muri Uganda, yashyize hanze amafoto y’inzu yaguriye umukunzi we, Danielle wamubyariye abana batanu. Ikinyamakuru Chimpreports cyo muri Uganda gitangaza ko iyi nzu Chameleone yayiguriye umugore we, mu gihe hashize iminsi mike we, umugore we n’abana bagiye […]

Uganda: Anthony Katamba uvugwaho uruhare mu iyirukanwa rya Tabura na bagenzi be yirukanwe muri MTN

Anthony Katamba, wari umwe mu bayobozi bakuru muri MTN-Uganda, wari unashinzwe ibibazo bijyanye n’amategeko, avuga rikijyana, yirukanwe azira amakosa atandukanye arimo kuba yaratanze amakuru yaviriyemo kwirukanwa ku butaka bwa Uganda bagenzi be b’abanyamahanga bakoranaga barimo Umunyarwandakazi Annie Tabura. Biravugwa ko umuyobozi Mukuru wa MTN-Uganda, Wim Vanhelleputte yirukanye Katamba nyuma y’aho kuwa Kabiri yahamagajwe n’urwego rushinzwe ubutasi […]

Urubanza rwa Wema Sepetu rugeze ahashobora kumugwa nabi

Urubanza rw’Icyamamare muri Sinema muri Tanzaniya, Wema Sepetu rugeze ahakomeye ahoagomba gusomerwa ibyavuye mu iperereza ry’ibanze ku cyaha cyo gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni. Kuwa 15 UKwakira 2018, Wema Sepetu yashyize hanze amashusho ari kumwe n’umukunzi we, Patrick bari mu buriri barimo kwishimisha. Ibi byatumye abayobozi benshi bo muri Tanzaniya bamaganira kure imyitwarire y’umukobwa ufatwa nka bandebereho […]

Kigali: Hibajijwe impamvu cyamunara y’uruganda rw’abo kwa Rwigara yajyanwe gukorerwa ku biro bya RRA

Urukiko rw’Ibanze rwa Kacyiru, mu Mujyi wa Kigali rwaburanishije urubanza umuryango wo kwa Rwigara Assinapaul uregamo  Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) n’Umuhesha w’Inkiko, Habimana Vedaste, urubanza rwagaragayemo impaka nyinshi ku mpande zombi, aho uwunganira uyu muryango yibajije impamvu cyamunara itabereye aho uruganda ruri. RRA n’Umuhesha w’Inkiko, Habimana Vedaste bateje cyamunara ku wa 3 Ukwakira […]

Amajyaruguru: Hagiye kubakwa ikigo cy’ubushakashatsi no kubungabunga ingagi zo mu birunga

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 12 Gashyantare 2019 mu Murenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, habereye umuhango wo gushyira ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ikigo kigezweho kigamije ubushakashatsi no kubungabunga ingagi n’urusobe rw’ibinyabuzima byo mu Birunga, kitiriwe umunyamerikakazi Ellen DeGeneres. Uyu muhango witabiriwe n’Abayobozi batandukanye, barimo Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubukerarugendo mu Kigo […]

RDC: Haravugwa inyeshyamba zatangiye gusoresha abaturage no kubakoresha imirimo y’agahato

Abaturage bo mu duce twa Luibo na Lukweti muri Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru, ho muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa kabiri ushize, itariki 12 Gashyantare, bamaganye ihohoterwa bakorerwa n’inyeshyamba z’umutwe wa NDC/RĂ©novĂ© uyoborwa n’uwitwa Guidon, aho bavuga ko izi nyeshyamba zibasoresha imisoro itemewe n’amategeko ndetse zikanabakoresha imirimo y’agahato bagasaba ubutegetsi […]

Gasabo/Karuruma: Ingabire Claudine waranguzaga urumogi yafatanwe udupfunyika 4100

Ku wa Kabiri tariki ya 12 Gashyantare 2019,  mu murenge wa Gatsata  mu karere ka Gasabo ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ryafashe umugore wari ubitse udupfunyika 4 100 tw’urumogi mu nzu ye. Akaba yafatishijwe n’uwari uvuye kumugurira utundi dupfunyika 100.  Abafashwe ni Simba w’imyaka 41 y’amavuko wafatanwe udupfunyika 100 tw’urumogi ,wahise unerekana aho yatuguze […]

Leta ya Uganda yemeye ko hari Abanyarwanda iherutse kwirukana ku bw’impamvu zihariye idatangaza

Leta ya Uganda yahakanye amakuru avuga ko hari Abarundi baba bafite ibyangombwa by’inzira yangira kwinjira muri iki gihugu, ikemeza ko hari Abanyarwanda baherutse kwirukanwa ariko bitari ku bw’impamvu zo kuba badafite ibyangombwa. Uwungirije umuvugizi w’igipolisi cya Uganda, Poly Namaye yemera ko hari umukozi wa MTN Uganda w’Umunyarwandakazi uherutse kwirukanwa hamwe n’umufaransa, ndetse ko hari n’abandi […]

Kamonyi: Abangavu barasabwa kujya batangira amakuru ku gihe y’ababahohoteye

Mu bukangurambaga  bwo  kurwanya  ihohoterwa  rishingiye ku  gitsina rikorerwa  Abagore  n’abana  mu karere  ka  Kamonyi,  abana  b’abangavu  basabwe  kujya  batangira  amakuru  ku gihe  y’ababahohoteye  kuko  hari  abaterwa  inda  bagahishira  bityo  bikabagiraho  ingaruka zituma  n’iri  hohoterwa  ridacika Mugabekazi  Teta Georgette  umwe  mu  bana  batewe  inda afite imyaka  cumi  n’irindwi  avuga  ko  nubwo uwayimuteye  bakivugana  atigeze  atekereza  […]

Kylian Mbappe avuga ko imvune ya Neymar na Cavani idakwiye gutera ubwoba abafana ba PSG

Rutahizamu Kylian Mbappe wa Paris Saint-Germain yasabye ko “inkuru za byacitse” kuko abakinnyi Neymar na Edinson Cavani bavunitse zahagarara, nyuma yaho iyi kipe itsinze Manchester United ibitego 2-0 mu mukino wa Champions League wabaye ku wa kabiri. Ni umukino wabereye ku kibuga Old Trafford cya Manchester United. Neymar na Cavani bombi ntibari muri uwo mukino […]

Sudani y’Amajyepfo: Ibihumbi bitanu bavuye mu byabo nyuma y’imirwano yubuye

Abaturage basaga ibihumbi bitanu muri Sudani y’Amajyepfo bamaze kuva mu byabo bitewe n’imirwano yubuye mu mpera z’icyumweru hagati  y’ingabo za Leta n’inyeshyamba za Gen Thomas Cirillo. Umuryango w’Abibumbye wemeza aya makuru  ko abaturage bari guhungira mu bihugu by’ibituranyi birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Umuvugizi w’Umuryango wita ku mpunzi (HCR) muri iki gihugu,  Babar Baloch […]

Félix Tshisekedi yatangarije Abanyamulenge ko ikibazo cyabo akizi kandi azagikurikirana

Perezida mushya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi yatangarije Abanyamulenge ko ikibazo cyabo akizi kandi azagikurikirana. Yakira abakongomani baba mu gihugu cya Ethiopie ubwo yari yo yitabiriye Inama ya 32 y’Abakuru b’Ibihugu bihuriye mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, mu mpera z’icyumweru gishize, nibwo bahuye bamugezaho ibibazo bafite. Nk’uko Umuyobozi w’Impunzi z’Abanyamulenge ziri […]

Ingabire Victoire yasabye Mushikiwabo gusaba leta gutanga amakuru ya visi perezida w’ishyaka rye

Ingabire Victoire, Perezida w’Ishyaka FDU-Inkingi ritavuga rumwe n’ubutegetsi ariko ritemewe mu Rwanda, yasabye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, Madamu Louise Mushikiwabo, kugira icyo akora ku ibura rya visi perezida w’iri shyaka, Boniface Twagirimana, ubuyobozi bw’u Rwanda bwo bwemeza ko yatorotse gereza yari afungiyemo akurikiranweho ibyaha bifitanye isano no guhungabanya umutekano w’igihugu. Mu gitondo cyo […]

Dore ibimenyetso bizakwereka ko umukobwa ashaka cyane ko mukora imibonano mpuzabitsina

Ku bakobwa biragoye kugaragaza ko bashaka gukora imibonano mpuzabitsina, kabone n’ubwo yaba abishaka cyane, abenshi usanga batinya gutobora ngo babivuge, ariko hari ibimenyetso ashobora kugaragaza abikwereka. Ubushake bwabo bwo gukora imibonano mpuzabitsina burya bukunze kuba bwinshi cyane mu gihe cyabo cy’uburumbuke. Ibi ni ibimenyetso bizakwereka ko yagize ubushake bwinshi Gutukura amaso Umukobwa ufite ubushake burenze, […]

 Icyo u Rwanda ruvuga ku kuba Afurika y’Epfo yararuketse amababa mu rupfu rwa Col. Karegeya

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera, yagarutse ku  bijyanye no kuba igihugu cye cyarashyizwe mu majwi ko hari isano hagati yacyo n’abishe Col. Patrick Karegeya. Mu kiganiro cyagarukaga ku ngingo ninshi zijyanye na dipolomasi yagiranye na Jeune Afrique,  Minisitiri Sezibera yavuze ko u Rwanda nta ruhare rufite mu kibazo cya Karegeya. Yagize ati […]

Muri 2018/2019 RRA irateganya gukusanya imisoro ingana na miliyari 1373,06

Ikigo k’Igihugu k’Imisoro n’Amahoro (RRA), kiratangaza ko mu ngengo y’imari y’uyu mwaka wa 2018/2019 icyo kigo gifite intego yo gukusanya miliyari 1373.06 z’amafaranga y’u Rwanda nk’uko byatangajwe kuri uuyu wa kabiri na Komiseri Mukuru Bizimana Ruganintwali Pascal mu kiganiro n’itangazamakuru. Komiseri mukuru wa RRA yavuze ko hazakumirwa icyabangamira umusoro uba ugomba kwinjizwa cyose, nko guca […]

Usher yarashweho ari muri sitidiyo

Umuhanzi Usher Raymond  yarashweho n’imbunda nto (pistol) ubwo yari muri sitidiyo ya Famous West Hollywood. Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 12  Gashyantare 2019 . Ikinyamakuru TMZ kivuga ko harashwe amasasu asaga icumi. Ababibonye bavuga ko umugabo batamenye babonye ashoka muri sitidiyo agenda arasa inyuma ye. Abayobozi bo muri aka gace bavuga ko […]

Senegal: Hatangiye kumvikana imvururu zishingiye ku matora ataraba

Jandarumori ya Senegal yataye muri yombi abantu 24, barimo abagera kuri 20 bashyigikiye umukandida Issa sall, ndetse ifata n’intwaro nyuma y’imvururu zishingiye ku matora ataraba kuri ubu zimaze kugwamo abbantu babiri. Ubushyamirane bwadutse ahitwa Tambacounda mu birometero 420 mu burasirazuba bw’umurwa mukuru Dakar, hagati y’abayoboke ba Perezida Macky Sall n’abayoboke b’umukandida Issa Sall w’ishyaka rihanira […]

Perezida Museveni yongeye gushinjwa gushaka kuzasimburwa n’umuhungu we ku butegetsi

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni arashyirwa mu majwi ko arimo gutegura umuhungu we, Lt Gen Kainerugaba Muhoozi kuzamusimbura ku butegetsi. Mu cyumweru gishize, Perezida Museveni akaba n’Umugaba w’Ingabo za Uganda (UPDF) yemeje izamurwa mu ntera ry’abasirikare 2,013 barimo n’umuhungu we, Muhoozi. Uyu asanzwe ari Umujyanama wa Se mu bijyanye n’ibikorwa bya Gisirikare Bidasanzwe. Uyu […]

RDC: FARDC iravuga ko yivuganye inyeshyamba 4 za ADF ikanabohoza imbohe

Igisirikare cya Republika iharanira Demokarasi ya Congo kiravuga ko kivuganye inyeshyamba 4 za ADF ndetse kikabohoza n’abantu bane bari bafashwe bugwate n’uyu mutwe w’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Uganda. Ni mu gikorwa cya gisirikare cyabereye mu burasirazuba b’igihugu kuri uyu wa Kabiri, itariki 12 Gashyantare. Umuvugizi wa FARDC muri Beni, Major Mak Hazukay, zakoze iki gikorwa […]

Uganda: Haravugwa indi dosiye ishobora kurushaho guteza ibibazo Gen Kale Kayihura

Uwahoze ari umukuru w’Igipolisi cya Uganda, Kale Kayihura, usanzwe afite urubanza atarakiranuka narwo mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare, yongeye gushyirwa mu majwi mu yandi mahano nyuma y’aho iperereza rihishuriye ko yasohoye mu buryo bunyuranyije n’amategeko akayabo ka miliyoni 500 z’amashilingi akagurira imodoka zihenze abahoze ari abunganizi be ba hafi mu gipolisi nta burenganzira yahawe n’Inama […]

Amb. Nduhungirehe yaburiye Gen. Nabasa uvuga ko hari abashaka guhirika Museveni ku butegetsi

Umukuru w’abasirikare kabuhariwe barinda Perezida Museveni, SFC, Maj. Gen Don Nabasa yavuze ko hari abantu bashaka guhurika ubutegetsi bwa Perezida Museveni binyujijwe mu rubyiruko. Ibi Maj. Gen Don Nabasa ukuriye SFC yabivuze ku wa Mbere tariki ya 11 Gashyantare 2019. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe akaba yavuze ko […]

Nyamasheke: Abahinzi b’umuceri bakirije Minisitiri w’Intebe uruhuri rw’ibibazo

Abahinzi b’umuceri  bibumbiye muri koperative ‘Dufatanye Kagano’ iwuhinga mu gishanga cya Kamiranzovu mu karere ka Nyamasheke, batangarije Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, ibibazo bafite birimo no kutagira amasoko y’umusaruro beza. Mu bibazo bavuga bafite ngo hari icy’igiciro gito bahabwa ugereranije n’ingufu bashora mu buhinzi bw’umuceri, aho ayo umuhinzi afata mu ntoki ari 250 ku kilo […]

FARDC yashyikirije igisirikare cya Uganda abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyashyikirije ku wa Mbere tariki ya 11 Gashyantare 2019, icya Uganda (UPDF) abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba za ADF. Inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda, zikaba zimaze imyaka isaga 20 zirwanira muri Congo, aba bana bacyuwe iwabo ngo bakaba barishyikirije ingabo za FARDC ubwo […]

Uzwi nk’umuhanuzi yatangarije Perezida wa Ghana ko azapfa mu mezi atarenze atandatu

Kwabena Tawiah uzwi nk’umuhanuzi muri Ghana, akaba ari n’umuyobozi mukuru w’itorero “Church of Rabbi” yatangaje ko Perezida Nana Akufo-Addo ashobora kuzapfa mu gihe kitarenze amezi atandatu ari imbere. Kwabena Tawiah yahishuye ko bamwe mu barwanashyaka b’ishyaka NPP riri ku butegetsi ndetse n’ab’irya NDC batishimiye instinzi ye. Inshuti za hafi z’uyu muhanuzi zitangaza ko abantu benshi […]

U Bufaransa: Umunyarwanda Ange Robert yakoze indirimbo ihumuriza abana babaho mu  buzima bugoye

Umunyarwanda ukorera umuziki mu Bufaransa, Ange Robert Iraguha yashyize hanze indirimbo ihumuriza abana bose babayeho mu buzima bugoye abasaba kudatakaza icyizere no kurushaho kugumana ubumuntu mu mitima yabo. Muri iyi ndirimbo iri mu njyana ya Reggae yise” On The Run” bishatse  gusobanura umuntu uhora ahunga, umuhanzi Ange Robert  yishize mu mwanya w’ umwana utagira kivurira. […]

Dubai: Perezida Kagame arasabira urubyiruko rwa Afurika guhabwa ubumenyi no gushyigikirwa

“ Dufite inshingano zo kumenya ko urubyiruko rwa Afurika rushyigikiwe mu hazaza heza ku mugabane warwo. Ni inshingano zacu kuruha ubumenyi bwo guhangana no gutsinda ku rwego mpuzamahanga. Ibi bikwiye kuba intumbero yacu y’ibanze kandi byakoreka ”, ibi ni ibyatangajwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, mu nama mpuzamahanga ya za guverinoma (WorldGovSummit) iteraniye mu […]

Iby’ubutoza Jose Mourinho abishyize hasi yerekeza mu itangazamakuru

Televiziyo y’u Burusiya izwi nka RT yahoze izwi ku izina rya Russia Today, yatangaje ko JosĂ© Mourinho wahoze atoza ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza agiye kujya atangaza ikiganiro cye kuri iyi televiziyo. Byitezwe ko Mourinho, Umunya-Portugali w’imyaka 56 y’amavuko, azajya asesengura imikino ya Champions League muri iki kiganiro ku mupira w’amaguru kizajya kiba […]

Indonesia: Umunyatanzaniya yafatiwe ku kibuga cy’indege yahishe ikiyobyabwenge mu nda

Umugabo ukomoka muri Tanzania yafatiwe ku Kibuga cy’indege cya Bali muri Indonesia afite ikiyobyabwenge cya methamphetamine gisaga ikilo yari yahishe mu nda nk’uko byatangajwe n’abayobozi kuri uyu wa Kabiri. Abayobozi mu rwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Indonesia bakunze gufatana abanyamahanga ibiyobyabwenge babyinjiza mu gihugu, bavuze ko uyu mugabo Abdul Rahman Asman yafatiwe ku Kibuga Mpuzamahanga […]

Polisi yigabye byihuse mu rugo rwa Chri Brown kubera instagram

Polisi yo mu Mujyi wa Los Angeles yagiye mu rugo rw’umuhanzi Chris Brown byihutirwa nyuma yo kubona  ubutumwa yari amaze gushyira ku rukuta rwe rwa instagram. Uyu muhanzi yakoze ibintu bitamenyerewe ku byamamare ashyira ku karubanda aho atuye n’umuhanda uherekeza, San Fernando mu rwego rwo guterana amagambo n’umuraperi Offset barimo kurebana nabi muri iki gihe. […]

Kigali: Ibya cyamunara itaravuzweho rumwe y'uruganda rw'abo kwa Rwigara bigiye gusobanuka

Urukiko rw’Ibanze rwa Kacyiru mu Mujyi wa Kigali rwemeje ishingiro ry’ikirego cy’abo kwa Rwigara bajuririra cyamunara y’uruganda rw’itabi rwabo, Premier Tobacco Company (PTC). Uyu muryango wareze Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) n’Umuhesha w’Inkiko, Vedaste Habimana ko kuwa 3 Ukwakira 2018 bateje cyamunara uruganda rwa PTC mu buryo uvuga ko bunyuranyije n’amategeko. Iyi cyamunara ntiyavuzweho […]

Lillian Mbabazi ntiyemeranya n’abavuga ko ubukene bwakuye mu ishuri abana yabyaranye na Radio

Umuririmbyi Lillian Mbabazi yateye utwatsi amakuru yavugaga ko abana yabyaranye na nyakwigendera Mozey Radio, bavuye mu ishuri nyuma yo kubura ubushobozi.   Byatangazwaga ko amafaranga y’ishuri ariyo yabuze, abana ba Mbabazi na Radio ngo bava mu ishuri gutyo, ibintu ahakana avuga ko bameze neza kandi ko bakunze ishuri. Ikinyamakuru Chimpreports gitangaza ko amakuru yashimangiraga ko […]

Uko ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 25 bizakorwa

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuwa Gatanu ushize, itariki 8 Gashyantare 2019, Umunyamabanga Nshingwabikorwa  wa Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean Damascene yavuze ko kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi bizakorwa hibandwa ku rubyiruko. Ikiganiro cyabereye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi. Cyabanjirijwe n’inama n’abahagarariye imiryango y’abacitse ku icumu rya Jenoside […]

Inama ya 32 ya A.U: Intumwa z’u Burundi zasobanuye impamvu zo gukurikirana Pierre Buyoya

Intumwa z’u Burundi zari mu nama ya 32 ya Afurika Yunze Ubumwe zatambukije inyandiko muri iyi nama igamije gusobanura neza impamvu igihugu cy’u Burundi gishaka gukurikirana mu matego uwahoze ari perezida wacyo, Pierre Buyoya, kuri ubu uhagarariye A.U muri Mali no mu karere ka Sahel. Iyi nyandiko y’amapaji abiri intumwa z’u Burundi zari zitwaje ishinja […]

Perezida Kagame na mugenzi we Félix Tshisekedi baganiriye i Addis-Abeba

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, watorewe kuba Visi Perezida wa Kabiri w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Perezida Kagame wari umaze umwaka wose ayobora uyu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, hamwe n’abandi bakuru b’ibihugu na za Guverinoma barimo na Tshisekedi witabiriye iyi nama […]

Uvira: FARDC yasabye imitwe yitwaje intwaro y’abanyamahanga kuva ku butaka bwa Congo bigishoboka

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo gikorera muri Kivu y’Amajyepfo kirahamagarira imitwe yose yitwaje ibirwanisho ihakorera kurambika intwaro hasi, naho iy’abanyamahanga nk’Abarundi n’Abanyarwanda yo isabwa kuva ku butaka bwa Congo bidatinze. Umuyobozi w’ingabo za Congo muri Kivu y’Amajyepfo, Gen de Brigade David Rugahi Sengabo mu itangazo yashyize ahagaragara, yavuze ko bateguye ibikenewe ngo bakire […]

Impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda, Tanzania, RDC na Uganda ziratabarizwa

Agashami k’Umuryango w’Abibumbye kita ku mpunzi (UNHCR) gatangaza ko hakenewe miliyoni 296 z’Amadolari ya Amerika zo kwita ku buzima bw’impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda, Tanzania, Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. HCR yabitangarije abafatanyabikorwa bayo barimo imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu, ku wa Gatandatu tariki ya 9 Gashyantare 2019, i Lusenda, ahari inkambi […]

Birababaje, kwimura umuntu nk’urukwavu bavana mu kiraro bajyana mu kindi- Umuturage wa Bannyahe

Abaturage bo mu midugudu ya Kibiraro, Kangondo ya mbere  n’iya Kabiri mu Kagari ka Nyarutarama ahazwi nka Bannyahe  mu Karere ka Gasabo batangaza ko bibabaje kuba Leta ishaka kubimura mu mitungo yabo kandi batemera ingurane. Ibi babitangaje nyuma y’aho Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rutangaje ko ikirego batanze bajuririra guhabwa amazu nk’ingurane ku mutungo wabo kidafite […]

Nkombo: Abakirisito ba ADEPR basabye Rév.Past. Karuranga ubwato bwa moteri

Mu ruzinduko  rw’umuvugizi w’itorero ADEPR, RĂ©v.Pasiteri Karuranga Ephrem  muri paruwasi ya Ishywa iri mu kagari ka Ishywa, mu Murenge wa Nkombo, mu Karere ka Rusizi, kimwe mu byo abakirisitu b’iri torero barenga 1680 bamusabye  ni ubwato bwa moteri bushobora kubafasha kwambuka bava cyangwa bajya kuri iki kirwa. Bavuga ko kutagira ubwato bituma bahomba byinshi birimo […]

Umugore yarase amafaranga kuri Facebook biviramo umugabo we kwicwa n’abajura

Umugabo wo muri Nigeria witwa Enango Gelsthorpe Sege yishwe n’abajura nyuma y’uko umugore we arase amafaranga ku mbuga nkoranyambaga, abajura bakifuza kuyiba. Ibomo Rafeal Seimiengha, Umuvandimwe w’uyu mugabo wishwe, yatangaje ko umuvandimwe we yishwe ku wa Kabiri tariki ya 5 Gashyantare 2019, ashimangira ko yishwe kubera ikosa ryakozwe n’umugore we. Yagize ati “Aya makuru ababaje […]

RDC: Martin Fayulu yasabye ko amatora yasubirwamo mu gihe kitarenze amezi atandatu

Nyuma y’aho inzira zose yitabaje muri Congo zitagize icyo zitanga, Martin Fayulu watsinzwe na Felix Tshisekedi mu matora yo kuwa 30 Ukuboza, yahamagariye Afurika Yunze Ubumwe gushyiraho komite idasanzwe igomba kugenzura ukuri kw’aya matora ndetse no gusubirishamo amatora mu gihe kitarenze amezi atandatu. Ni mu ibaruwa yohereje kuwa 08 Gashyantare Jeune Afrique dukesha iyi nkuru […]

Perezida Kagame yanze kuba umuhuza mukuru mu biganiro bihuza Abarundi

Perezida w’ u Rwanda Akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Paul Kagame yateye utwatsi igitekerezo cya mugenzi we wa Uganda, Museveni cyo kuba yaba umuhuza mukuru mu biganiro bihuza Leta y’Uburundi n’abatavuga rumwe nayo. Ibi byabaye kuwa 1 Gashyantare 2019 mu nama yari yahuje abakuru b’ibihugu bigize EAC nk’uko ikinyamakuru The East African cyabishyize […]

Perezida wa Algeria utakibasha kwigenza yatangaje ko aziyamamaza

Perezida wa Algeria, Abdelaziz Bouteflika w’imyaka 81 y’amavuko, yatangaje ko aziyamamaza muri manda ya gatanu mu matora ya perezida ateganyijwe kuba mu kwezi kwa kane muri uyu mwaka wa 2019. Perezida Bouteflika amaze imyaka 20 ari ku butegetsi, ariko ni gacye cyane yagaragaye mu ruhame kuva yarwara indwara y’imitsi yo mu bwonko mu mwaka wa […]

Urutonde rw’ibirunga 10 binogeye ijisho kurusha ibindi byo ku Isi- AMAFOTO

Ubwiza bw’ikirunga bushobora kugaragazwa n’imiterere yacyo, haba mu butumburuke, ibiyaga bikigaragaraho,ubwiza bw’ibigikikije n’ibindi. Urutonde rw’ibirunga 10 binogeye ijisho kurusha ibindi turarukesha ikinyamakuru Petitfute.com, aho kigaragaza ibi birunga, agace biherereyemo ndetse na make ku mateka yabyo. 1.Le VĂ©suve: Ni ikirunga cyo mu Butaliyani gifite ubutumburuke bwa 1 281m, ni kimwe mu birunga biri ku butaka ku […]

Uganda: Col Ndahura uri mu bashinjwa gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda yarekuwe 

Col Atwooki Ndahura, wahoze akuriye ishami ry’Igipolisi cya Uganda rishinzwe iperereza ku byaha akaba akurikiranweho ibyaha birimo gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda, kuri uyu wa Mbere yarekuwe by’agateganyo n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare. Col Ndahura akurikiranweho ibyaha birimo kunanirwa kurinda ibikoresho bya gisirikare  no gufasha abapolisi bagenzi be gucyura mu Rwanda ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda. Ubushinjacyaha […]

Njye na we hasigaye izina gusa- Se wa Diamond

Se w’umuhanzi Diamond Platnumz, Abdul Juma avuga ko we n’umuhungu we babanye nk’aho nta sano iri hagati yabo. Uyu mugabo yatangaje aya magambo nyuma yo kumva ko umuhungu we yatashye inzu nshya azajya abamo n’umukunzi we mushya, Tanasha Donna Oketch. Aganira n’ikinyamakuru Ijumaa, uyu mubyeyi yavuze ko iby’ubuzima bwa Diamond abibona ku mbuga nkoranyambaga, ko […]

U Buhinde: Abagera kuri 72 bishwe n’inzoga y’inkorano

Abantu bagera kuri 72 byemejwe ko bapfuye nyuma yo kunywa ku nzoga y’inkorano mu majyaruguru y’u Buhinde nk’uko byemezwa n’abayobozi. Nk’uko aba bavuga, abantu 36 byemejwe ko bapfuye mu Karere ka Saharanpur ko muri Leta ya Uttar Pradesh nyuma yo kunywa kuri iyo nzoga. Ibizamini byo kwa muganga 46 byarakozwe, impfu zigera kuri 36 zishyirwa […]

Itsinda ry’abashoramari b’Abanyamerika rirashaka ku Rwanda indishyi ya miliyoni 95$

Itsinda ry’abashoramari b’Abanyamerika ryareze u Rwanda mu rukiko mpuzamahanga rishaka indishyi ya miliyoni 95 z’Amadolari nyuma y’aho guverinoma bivugwa ko yigaruriye aho bacukuraga amabuye y’agaciro igahita itesha agaciro impushya bari bafite zo gukora ubu bucukuzi. Ikirego cyajyanywe mu kigo mpuzamahanga gishinzwe gukemura amakimbirane ashingiye ku ishoramari (International Centre for Settlement of Investment Disputes (ICSID)) gisa […]

Buruseli: Ku cyicaro cya E.U haravugwa intasi z’Abashinwa n’Abarusiya zikabakaba 500

Abadipolomate b’Abanyaburayi baburiwe nyuma y’aho ikinyamakuru Die Welt cyo mu Budage gitangarije ko I Buruseli ku cyicaro cy’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ahakorera komisiyo y’uyu muryango, ngo haba hari intasi amagana z’ibihugu by’u Bushinwa n’u Burusiya. Biravugwa ko izi ntasi zishobora kuba ari 250 z’Abashinwa ndetse na 200 z’Abarusiya nk’uko binashimangirwa n’urwego rw’umutekano w’imbere mu bubanyi […]