Perezida Museveni  yemeza ko nta gihugu cyo mu karere cyatera ikindi

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yemeza ko nta makimbirane ahari ku buryo habaho kurwana hagati y’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Ibi uyu mukuru w’Igihugu yabirangarije Addis Abeba mu biganiro yagiranye n’Ushinzwe Ububanyi n’Amahanga mu Muryango w’Ibihugu by’Iburayi (EU), Federica Mogherini kuri wa Gatandatu w’Icyumweru gishize. Museveni yavuze ko nta ntambara yakwaduka  bitewe […]

Bujumbura: Batatu barimo n’umunya Sudani bishwe mu buryo bw’amayobera

Imirambo y’abantu batatu barimo n’umunya Sudani y’Epfo, yabonwe mu bice bitandukanye bya Bujumbur, umurwa mukuru w’u Burundi ariko ababishe bakaba bataramenyekana. Mu gitondo cyo ku wa 10 Gashyantare 2019, umurambo wa Sworo Patrick Samuel Gondo wari umukozi w’Umuryango IOM (The International Organization for Migration) w’imyaka 35 y’amavuko,  wasanzwe mu cyumba yararagamo, mu Majyepfo y’umujyi wa […]

Amajyepfo: Hafashwe amaduzeni 470 y’amavuta n’amasabune bya Mukorogo

Polisi mu Ntara y’Amajyepfo kubufatanye n’inzego zitandukanye bakoze ibikorwa byo gufata amavuta  n’ibindi bikorerwa mu nganda bitujuje ubuziranenge bihindura uruhu hafatwa  amadunezi 470 y’amoko atandukanye y’amavuta n’amasabune ahindura uruhu. Ibi bikorwa byakozwe mu mpera z’icyumweru gishize bikorerwa mu turere twa Huye  na Ruhango ibyafashwe bikaba byiganjemo amavuta arimo ibinyabutabire birimo ‘hydroquinone’ bigizwe n’amavuta yo mu […]

RDC: Abarwanyi 1000 ba FDLR bavuye mu birindiro berekeza muri Kivu y’Amajyepfo

Sosiyeti Sivile y’i Mbinga muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo itangaza ko ifite impungenge y’inyeshyamba za FDLR zagaragaye muri ako gace zivuye i Kichanga, muri Kivu y’Amajyaruguru, berekeza muri Pariki y’igihugu ya Kahuzi Biega.   Mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 4 Gashyantare 2019, ngo nibwo izi nyeshyamba za FDLR […]

Georgina yavuze impamvu yiteguye kuba umugore wemewe wa Cristiano Ronaldo

Georgina Rodriguez uzwi nk’umukunzi wa Cristiano Ronaldo, yatangaje byinshi birebana n’ubufatanye bafitanye mu rukundo ndetse ko bizaba bishamaje umunsi azaba yabaye umugore we wemewe n’amategeko. Uyu mugore ukomoka muri Argentine yagize ibyo avuga ku rukundo rwabo nyuma y’ibimaze iminsi bitangazwa ko we na Cristiano baba bari mu nzira yo kurushinga. Aganira na Hola! Magazine, Georgina […]

Igihe umuhuza w’Abarundi yari yarahawe cyo kubunga kirangiye bagikumbiriye

Uwahora ari Perezida wa Tanzania, akaba n’umuhuza mu biganiro by’Abarundi, Benjamin Mkapa yasezeye kuri aka kazi yari yarahawe amakimbirane ashingiye kuri politiki atabonewe umuti urambye. Ayo makimbiranye yavutse mu mwaka wa 2015, ubwo Perezida Nkurunziza yatangwaga n’ishyaka CNDD FDD nk’umukandida urihagarariye mu matora y’umukuru w’igihugu ariko kuri manda ye ya Gatatu atavugagaho rumwe n’abaturage bose. […]

Natenzwe mu itorero naboneje urubyaro none natahuye ko umugore wa Pasiteri aruboneza- NKORE IKI?

Muraho neza bavandimwe, ndi umubyeyi w’abana batatu, umukuru afite imyaka umunani, umukurikira afite imyaka itatu mu gihe murumuna wabo afite umwe n’igice. Nsengera mu itorero ntaribuvuge izina, maze kubyara uyu mwana wa kabiri nibwo nisanze nasamye inda y’uwa Gatatu undi ataramenya no kurya, mbese nataye umutwe n’umugabo turabishwanira, mbonye maze kumubyara mboneza urubyaro ntyo. Ubwo […]

Rulindo: Umushoferi yavuye mu modoka ariruka ubwo yari afashwe apakiye urumogi

Ku wa 8 Gashyantare, Polisi ikorera mu karere ka Rulindo mu murenge wa Murambi, ku makuru yatanzwe n’abaturage yafashe imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Carina   RAA 328 H yavaga  Rulindo yerekeza mu mujyi wa Kigali ipakiye imifuka itanu y’urumogi. Chief Inspector of Police (CIP) Alex Rugigana umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru  yavuze ko […]

Rusizi: Abakoresha umuhanda Mashesha-Mibilizi bavuga ko barambiwe guhora babeshywa n’ubuyobozi

Abaturage bo mu Mirenge ya Bugarama, Muganza, Gitambi, Gikundamvura, Nyakabuye, Nkungu  na Butare yo mu Karere ka Rusizi bavuga ko bamaze imyaka irenga 10 bizezwa n’ubuyobozi bw’aka karere bwagiye busimburana ndetse n’ubw’Intara y’Uburengerazuba  gukorerwa umuhanda Mashesha-Mibilizi wagombaga kubafasha kugeza abarwayi n’abagore batwite ku bitaro bya Mibilizi bitabagoye ariko kugeza na n’ubu ngo amaso yaheze mu […]

Diamond na Rayvanny bashinjwa gushishura indirimbo ‘Tetema’

Abahanzi bo muri Tanzania, Diamond Platnumz na Rayvanny bashinjwe gushishura indirimbo ‘Tetama’ basohoye mu minsi ine ishize. Tetema ni indirimbo aba bahanzi basohoye ku wa 6 Gashyantare 2019, mu minsi ine imaze igiye hanze, igashyirwa kuri Youtube imaze kurebwa n’abasaga miliyoni ebyiri. Nk’uko byagiye bigaragazwa n’abakoresha imbugankoranyambaga, iyi ndirimbo ya Diamond na Rayvanny bayishishuye umuhanzi […]

Batandatu mu nyeshyamba za Red Tabara zikomoka i Burundi bishwe na FARDC

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC kiravuga ko cyishe abarwanyi batandatu b’inyeshyamba z’Abarundi za Red Tabara zifite ibirindiro muri Teritware ya Uvira, muri gurupema ya Lemera mu Ntara ya Kivu y’Epfo. Ibi ni nyuma y’iminsi mike ingabo za Congo zitangije urugamba rwo kwirukana imitwe y’itwaje ibirwanisho y’Abarundi ndetse n’abakongomani yari imaze imyaka irenga […]

Depite Frank Habineza yabwiwe ko azabura umugati nakomeza kuvuga, na we Ati “Umugati n’imodoka twarabigiraga”

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (Green Party) Depite Dr. Frank Habineza, avuga ko ubwo yagera mu Nteko Ishinga Amategeko nk’Umudepite wari utowe mu matora aheruka kandi uvuye muri opozisiyo, uko iminsi yashiraga agatanga ibitekerezo yabwiwe n’abandi ba Depite ko nakomeza kuvuga azabura umugati, abasubiza ko umugati, imodoka n’ inzu abisanganywe. Mu kiganiro kihariye […]

MissRwanda 2019, yaba imboni ku gipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge?

Niba hari ikintu kitajya cyoroha mu Rwanda ni ukuvuga ku kibazo cy’amoko kubera uburemere bwacyo n’umwanya gifite mu mateka y’igihugu bishobora gutuma ubivuzeho aregwa ingengabitekerezo ya Jenocide ari nabyo bitera benshi kudahangara kubivugaho. Aha umuntu akaba yakwibaza ko niba ubumwe n’ubwiyunge bwarageze ku ikigero cya 95% nkuko byavugwaga ko kizahagera mu 2017, ese ingengabitekerezo yagaragaye […]

Njye si ndi umuntu wirebaho gusa- Eden Hazard

Rutahizamu w’Ikipe ya Chelsea mu Bwongereza atangaza ko atari umuntu wirebaho gusa ku ngingo yo gutsinda ibitego. Uyu mukinnyi avuga ko abatoza barimo Jose Mourinho, Antonio Conte na Maurizio Sarri bamusabye gutsinda ibitego byinshi bishoboka ariko ko asanga ari byiza ko yazajya ahereza umupira n’abandi bagatsinda. Yagize ati “ Ibi nibyo nkomyi ku kuba naba […]

Umuyobozi w’Ikipe ya Simba yaburiye abakinnyi barimo  Haruna Niyonzima washinjwe gutoroka umwiherero

Umuyobozi akaba n’Umushoramari w’Ikipe y’Umunyarwanda Haruna Niyonzima, Mohammedi Dewji atangaza ko atiteguye gukorana n’abakinnyi  bafite ikinyabupfura gike mu kazi. Mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama 2019, Haruna Niyonzima we na bagenzi be barimo  Pascal Wawa bashinjwe gutoroka umwiherero barimo mbere yo kujya gucakirana na Al Ahly yo mu Misiri. Ibi yabiteye utwatsi ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru cyo […]

Kisoro:  Bamwe mu Banyarwanda bafashwe bafungiwe ahatazwi

Abanyarwanda batanu baherutse gufatirwa mu nzira yerekeza Kampala bagasubizwa inyuma bakomeje kuburirwa irengero kuko bafungwe ahantu hatazwi. Aba ni Mugisha Bategejo Christopher, Umuhire Joselina, Imanishimwe Boaz, Niyitegeka Gilbert na Kilangama David Matayo. Aba Banyarwanda bafashwe n’inzego z’umutekano za Uganda kuwa 5 Gashyantare 2019 banyuzwa ku mupaka wa Kisoro. Aba bageze ku mupaka bari kumwe na […]

2019: Urutonde rw’abakinnyi 10 bahembwa agatubutse kurusha abandi

Lionel AndrĂ©s Messi Cuccittini w’imyaka 31 y’amavuko, ukinira ikipe ya Fc Barcelone yo muri Espagne, ayoboye urutonde rw’abakinnyi ba ruhago bahembwa agatubutse kurusha abandi ku Isi muri uyu mwaka wa 2019. Ni urutonde rwashyizwe hanze n’ikinyamakuru L’Equipe cyo mu Bufaransa, Messi akaba ariwe uyoboye urutonde aho ahembwa akayabo ya Miliyoni 8.3 z’amayero, mu manyarwanda ni […]

Perezida  Museveni yazamuye mu ntera umuhungu we Gen. Muhoozi

Perezida Museveni wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’igihugu (UPDF) yahaye umuhungu we  Maj. Gen Muhoozi Kainerugaba irindi peti agirwa Liyetona Jenerali. Lt. Gen Muhoozi yari aheruka kuzamurwa mu ntera mu 2016 ubwo yavaga ku ipeti rya Brig. Gen akagirwa Gen. Major Inkuru dukesha The New Vision ivuga ko hari abandi basirikare  2013 nabo bazamuwe […]

Dr. Kaitesi yavuze ku ruhare rw’amatorero n’amadini mu guhindura ubuzima bw’abaturage

Umuyobozi  Mukuru w’agateganyo w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr.  Usta Kaitesi avuga ko amatorero n’amadini agize ibiganiro n’uruhare rufatika mu gihindura ubuzima bw’abaturage, bwarushaho kuba bwiza cyane. Dr Kaitesi yabitangaje mu Kagari ka Rusumo, Umurenge wa Gatumba, mu karere ka Ngororero, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Gashyantare 2019, mu muhango wo gu tangiza gahunda y’Imiyoborere […]

Uganda: Abanyamakuru ba BBC bari batawe muri yombi barekuwe

Polisi ya Uganda yari yataye muri yombi itsinda ry’abanyamakuru ba BBC, mu murwa mukuru Kampala, kuri ubu bitangazwa ko barekuwe mu masaha ya Saa yine zo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Gashyantare 2019. Aba banyamakuru barimo bakora iperereza ku icuruzwa ry’imiti ya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Batawe muri yombi mu ijoro ryo […]

Abandi Banyarwanda biganjemo abana bajugunywe ku mupaka wa Gatuna

Polisi ya Uganda yajugunye Abanyarwanda 11 barimo abagore batatu, abana batandatu n’abagabo babiri  ku mupaka wa Gatuna ugabanya Uganda n’u Rwanda. Ibi byabaye kuwa 7 Gashyantare 2019 aho aba Banyarwanda bagejejwe Gatuna nyuma yo gufungirwa muri Gereza ya Mubende, abandi mu ya Jinja. Umwe muri aba ni Bihibindi Simon w’imyaka 54 wari kumwe n’umugore n’abana […]

Ubumenyi bucye mu gutegura indyo yuzuye: Intandaro y’imirire mibi no kugwingira – Guverineri Gatabazi

Ibi ni ibyatangajwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney  ku wa kabiri, tariki ya 5 Gashyantare 2019 ubwo yakiraga itsinda ry’Abasirikare Bakuru bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’i Nyakinama mu Karere ka Musanze, bari mu rugendoshuri mu Ntara y’Amajyaruguru. Ibiganiro aba basirikare bari barangajwe imbere na Lt Col Jean Marie Vianney […]

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ntabwo wapfuye- Amb. Nduhungirehe

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba, Olivier Nduhungirehe, avuga ko uyu muryango utigeze ucikamo ibice. Mu kiganiro kirambuye Nduhungirehe yagiranye na The NewTimes, yabajijwe ku makuru y’uko uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba waba waracitsemo ibice, asubiza avuga ko atari ukuri. Yagize ati “Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ntabwo […]

Tanasha yatangaje ko hari ikibazo gituma yifuza guhura na Zari

Umukunzi wa Diamond Platnumz, Tanasha Donna avuga ko yifuza ko yahura na Zari Hassan bakaganira ku ngingo y’urubyaro afitanye n’uwo bateganya kubana. Muri iki cyumweru, habayeho uguterana amagambo hagati ya Zari na Tanasha. Ibi byahujwe no kuba  kuva Diamond yakundana na Tanasha atajya asura abana be muri Afurika y’Epfo. Zari  abinyujije ku  rukuta rwe rwa […]

Uganda igiye gusubukura iyubakwa ry'umupaka wa Gatuna uyihuza n'u Rwanda

Guverinoma ya Uganda yatangaje ko igiye gusubukura imirimo yo kubaka umupaka uhuriweho wa Gatuna ari nawo mukuru uhuza iki gihugu n’u Rwanda nyuma y’aho imaze kubona miliyoni 1,9 y’amadolari ya Amerika muri miliyoni 4 zikenewe ngo uyu mushinga uzarangire. Umunyamabanga wa leta ushinzwe igenamigambi, David Bahati, yemeje aya makuru avuga ko guverinoma izatera inkunga uyu […]

RDC: Martin Fayulu watsinzwe mu matora yitabaje Urukiko Nyafurika

Mu gihe Perezida Felix Tshisekedi byemejwe ko yatsinze amatora y’umukuru w’igihugu yo kuwa 30 Ukuboza 2018 muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ndetse akanarahirira kukiyobora, Martin Fayulu bari bahanganye muri aya matora utaremeye ibyavuyemo yitabaje Urukiko Nyafurika ngo rumurengere nyuma y’aho urushinzwe kurinda itegeko nshinga mu gihugu cye rutagize icyo rumumarira. Iminsi 15 nyuma y’irahira […]

Museveni yashimagije irushanwa ry'abagore bafite ibibuno binini ryanenzwe n'abatari bake

Nyuma yaho mu gihugu cya Uganda hatangijwe irushanwa ryo gushakakisha abagore barusha abandi amabuno bise Miss Curvy bigateza impagarara mu gihugu, ubu Perezida Museveni yatangaje ko ashyigikiye uwazanye iki gitekerezo. Ku ikubitiro iri rushanwa rya Miss Curvy, ryatangirijwe i Kampala ku wa 5 Gashyantare 2019, icyo gihe Minisitiri w’Ibidukikije wa Uganda, Godfrey Kiwanda, yavuze ko […]

Venezuela: Amerika ngo ntacyo igifite cyo kuganira na Perezida Maduro kitari ukuva ku butegetsi

Intumwa ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Venezuela, Eliot Abrams, avuga ko umwanya wo kuganira na Nicolas Maduro warangiye kera hasigaye kumvikana ko ava ku butegetsi. Ibi bwana Abrams yabitangarije abanyamakuru kuri uyu wa Kane, avuga ko Perezida Maduro afite ibihugu by’inshuti nk’u Burusiya na Cuba ndetse n’ibindi atavuze byemeye kumuha ubuhungiro. Hagati aho, […]

Nyanza: Abunzi bahuguwe basanga bajyaga bakora n’ibitari mu nshingano zabo

Abunzi bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Nyanza, ubwo bahabwaga amahugurwa, basanze hari ibyo bakoraga bitari mu nshingano zabo ndetse ntibanamenye aho bayobora abo bafashaga kubona ubutabera. Ku itariki  19 Ukuboza 2018, nibwo  Abunzi  bo muri aka karere bari bahawe ibikoresho n’umushinga  wa RCN Justice et Democratie bagaragaza ko n’ubwo  bahawe ibikoresho ariko […]

Igitekerezo cyawe si igipimo cyiza abantu bagomba kugenderaho-Miss Jolly asubiza Ange Kagame

Uwabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2016, Mutesi Jolly yasubije umukobwa w’Umukuru w’Igihugu, Ange Ingabire Kagame ku ngingo yo kuba abahatana muri Nyampinga ko bazajya babazwa mu rurimi bumva neza ndetse ikinyarwanda kigahabwa agaciro. Ku Mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, itariki 26 Mutarama 2019, byagaragaye ko hari abakobwa bahatanaga bagize imbogamizi z’ururimi rw’Icyongereza […]

Nyamasheke: Abagore n’urubyiruko barasabwa kurangwa n’umuco wo kwigira

Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Munyantwali Alphonse arakangurira  urubyiruko rwiga imyuga itandukanye mu kigo cy’urubyiruko cya Nyamasheke n’abagore badoda imyenda bakanaboha ibikapu bibumbiye muri Koperative  ‘Duharanire Ubuzima Twiteza Imbere’ baterwa inkunga n’umuryango World Vision, guharanira kwigira no kubyaza umusaruro bike bafite,aho guhora bumva ko bazahora bafashwa, bagaharanira  kugera ku rwego rwo gufasha abandi. Yabibabwiye ubwo, ku bufatanye […]

Nyarugenge: Abafite ubutaka batarandikisha bahawe iminsi 60 yo kubwandikisha

Abaturage bafite ubutaka mu Karere ka Nyarugenge batarandikisha bahawe iminsi mirongo itandatu (60) uhereye kuri uyu wa 07 Gashyantare 2019, yo kuba babwandikishije nk’uko biteganywa n’amategeko. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Akarere ka Nyarugenge kuri uyu wa Kane Bwiza.com yabashije kubonaho, riravuga ko hashingiwe ku biteganywa n’Itegeko No 43/2013 ryo kuwa 16/06/2013 rigenga ubutaka mu Rwanda, ingingo […]

Abapolisi batandatu bashinjwe gutera amabuye imodoka ya Perezida Museveni

Abapolis batandatu bagejejwe mu rukiko rw’ikinyabupfura ku bwo kudakora akazi kabo neza. Ibi ngo ni byo byatumye imodoka yari itwaye Perezida Museveni iterwa amabuye. Mu mwaka ushize, imwe mu modoka ziherekeza Perezida Museveni yatewe amabuye ubwo hari amatora yo gushaka umudepite w’Akarere ka Arua uzasimbura Ibrahim Abiriga wari wishwe. Mu bagejejwe mu rukiko harimo  Jonathan […]

C.Ronaldo arasaba Juventus kugura James Rodriguez na Felix Joao w’imyaka 19

Rutahizamu w’ikipe ya Juventus, Cristiano Ronaldo arasaba ubuyobozi bw’ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani, kugura abakinnyi babiri yifuza yo bamufasha guteza imbere iyi kipe. Ibinyamakuru bitandukanye byo mu Butaliyani nk’uko ikitwa Calciomercato kibitangaza, ngo byatangaje ko Cristiano yifuza ko Juventus igura James Rodriguez wa Bayern Munich na Felix Joao wa Benfica. Ibi binyamakuru bitangaza ko […]

Mahama: Hatangiye kubakwa ikigo kizarushaho guhuza impunzi n’abaturage baturiye inkambi

Mu nkambi ya Mahama icumbikiye impunzi z’Abarundi zahungiye mu Rwanda hatangijwe iyubakwa ry’ikigo kizarushaho guhuza izi mpunzi ndetse n’Abanyarwanda baturiye iyi nkambi . Iyubakwa ry’iki kigo kiswe “ Restoration Hozagara ” ryatangijwe ku mugaragaro na Maison Shalom ndetse n’Umuryango utegamiye kuri leta wo mu Busuwisi witwa Inshuti z’Ikiremwamuntu. Iki kigo kizubakwa kuri meterokare 600 uhereye […]

Rwana nanjye cyangwa undigate igitsina- Chris Brown abwira Offset

Umuhanzi Chris Brown ararebana nabi n’umuraperi Offset bitewe no kutumva ibintu kimwe kuri mugenzi wabo, Savage 21. Chris Brown yashyize hanze amashusho ya Savage 21 amunnyega ko yari yarahishe inkomoko ye. Uyu yavugaga ko ari Umunyamerika kanuni gusa biza kugaragagara ko akomoka mu Bwongereza. Offset ntiyishimiye igikorwa cya Breezy nk’uko bakunda kumwita, na we amwita […]

Amerika igiye kugura ubwirinzi bukaze bwa Misile muri Isiraheli

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyatangaje ko gifite umugambi wo kugura no kugerageza uburyo bwa Israel bw’ubwirinzi bw’ibisasu bya misile buzwi nka Iron Dome. Ni uburyo bukoresha radari na misile zo kuburizamo, mu guhangana n’ibitero bigabwe. Israel yatangiye kubukoresha guhera mu mwaka wa 2011. Minisiteri y’ingabo ya Amerika itangaza ko ubu buryo bw’ubwirinzi […]

Hon. Makuza yakumbuje u Rwanda Abanyarwanda baba muri Congo

Mu ruzinduko arimo, Perezida wa Sena, Makuza Bernard yahuye n’Abanyarwanda batuye muri ya Congo Brazzaville, aho yabasobanuriye amahitamo Abanyarwanda bakoze nyuma ya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’impinduka zayo mu mibanire, imibereho n’iterambere ryabo. Mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, kuva ku wa 6-8 Gashyantare 2019, Perezida wa Sena y’u Rwanda, Makuza Bernard yahuye n’uw’iya Congo, Pierre […]

Perezida Museveni yaburiye abatekereza guhungabanya umutekano wa Uganda

Perezida Yoweri Museveni kuri uyu wa Gatatu, itariki 06 Gashyantare, ubwo hibukwa umunsi watangije igitero cyo kubohora igihugu mu 1981, yaboneyeho kuburira abashaka guhungabanya umutekano wa Uganda ababwira ko bazisenya ubwabo ndetse ko n’abakora ubwicanyi muri Kampala bazatsindwa. Perezida Museveni akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo za Uganda, yavuze ko umutwe wa NRA waje kuvamo UPDF wagiye […]

Umusore twashwanye nanze ko dusambana avuga ko agiye kundogesha akoresheje amafoto yanjye- Nkore iki?

Umusore witwa Felix [ryahinduwe] wo mu karere ka Kirehe ariko ukorera akazi k’ubushoferi mu mujyi wa Kigali, akomeje kumbuza amahoro nyuma y’aho dushwaniye dupfuye ibyo tutahurizagaho. Njyewe nitwa Redempter ntuye Kicukiro nkaba ndi umucungamutungo muri kampani icukura amabuye y’agaciro. Umusore twakundanye kuva mu mwaka wa 2014 ubwo yari umushoferi iwacu ku kazi. Nyuma yaje kuhava […]

Perezida Kenyatta yijeje mugenzi we Tshisekedi gufasha Congo kugera ku mahoro n’umutekano

Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya kuri uyu wa Gatatu, itariki 06 Gashyantare yijeje ubufasha mu kugarura amahoro n’umutekano muri Repubulika iharaniira Demokarasi ya Congo, ubwo perezida Felix Tshisekedi yasuraga Kenya mu ruzinduko rw’akazi. Kenyatta kandi yabwiye mugenzi we ko yakuye isomo mu bibazo bya politiki byatewe no kutemera intsinzi ye kwa Raila Odinga nyuma yo […]

Narababaye cyane uriya mwana Mwiseneza Josiane yiswe ngo ni Ingagi- Dep.Habineza

Depite Habineza Frank wigeze kwitwa Ingagi ubwo yiyamamazaga ku mwanya w’umukuru w’igihugu mu 2017, avuga ko yababaye cyane ubwo na Mwiseneza Josiane, umukobwa wiyamamarizaga kuba nyampinga w’u Rwanda 2019, yayitwaga n’abatari bamushyigikiye. Mu kiganiro kirambuye cyabaye tariki ya 4 Gashyantare 2019 kuri Hotel Meridiye  (Merdien), Bwiza.com yagiranye na Depite Habineza Frank, umunyapolitiki utavuga rumwe na […]

Abandi Banyarwanda biganjemo abagore birukanwe ku butaka bwa Uganda

Polisi ya Uganda yasubije iwabo abagore batandatu b’Abanyarwanda n’abana babo babiri ndetse n’umugabo umwe bari bamaze iminsi iri hagati y’umwe n’itandatu bafungiwe  ku mupaka wa Cyanika mu Karere ka Kisoro. Aba banyarwanda birukanwe ku butaka bwa Uganda kuwa Gatatu tariki ya 6 Gashyantare 2019. Muri aba harimo uwitwa Namahoro Assuma w’imyaka 37 ukomoka mu Karere […]

Nyabihu: Umugore n'umugabo bafatanwe udupfunyika 3700 tw’urumogi

Polisi mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Mukamira  kuri uyu wa kabiri tariki 05 Gashyantare, yafatanye abantu babiri udupfunyika 3794 tw’urumogi bakura mu karere ka Rubavu nabo bakarukwirakwiza mu turere twa Nyabihu na Musanze.   Abafashwe ni Harerimana Theogene w’imyaka 30 y’amavuko wafatanwe udupfunyika 2024 na Murekatete Gaudence w’imyaka 40 y’amavuko wafatanwe udupfunyika 1770 tw’urumogi. […]

Nyamasheke: Yapfuye urw’amayobera nyuma y’ibyumweru bitatu umugabo we yishwe

Mu mudugudu wa Rusambu, akagari ka Kanazi, umurenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke haravugwa inkuru y’urupfu rw’amayobera rwa Nyiransabimana Betty  wari ufite imyaka 31 y’amavuko, rubaye hashize ibyumweru bitatu umugabo we, Munyaneza Onesphore w’imyaka 32 y’amavuko yishwe atewe icyuma n’abagizi ba nabi. Nk’uko Bwiza.com yabitangarijwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kanazi, muri uyu murenge, ngo […]

Gicumbi: MTN na banki y’abaturage byafungiwe imiryango

Ibiro by’Ikigo cy’itumanaho cya MTN, ishami rya Gicumbi hamwe na Banki y’abaturage, ni bimwe mu byafungiwe imiryango bisabwa gukorera mu nyubako zijyanye n’icyerekezo cy’umujyi wa Gicumbi. Ibi bigo kimwe n’abandi bacururizaga mu mujyi wa Byumba bari barahawe iminsi 30 yo kuba bashatse ahandi bakorera ibikorwa byabo, basabwa kubaka cyangwa bagashaka ahandi bakodesha ariko ari mu […]

Perezida Kagame yongeye kugaragara mu mpuzankano za gisirikare

Nyuma y’aho mu mpera z’umwaka ushize Perezida Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’u Rwanda, yongeye kugaragara mu mpuzankano za gisirikare nyuma y’igihe kinini atayambara bigatungura abatari bacye, kuri uyu wa Gatatu, itariki 06 Gashyantare 2019 yongeye kugaragara muri uyu mwambaro mu Kigo cya gisirikare cya Gako. Nk’uko bigaragara kuri twitter ya Perezidansi y’u Rwanda, […]

U Rwanda ntabwo ruhagaze neza ku rwego rw’akarere – Depite Frank Habineza

Umudepite akaba n’Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Ibidukikije (Green Party), Frank Habineza atangaza ko u Rwanda rudahagaze neza mu rwego rw’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba ruherereyemo ugereranyije n’uko bimeze ku rwego mpuzamahanga. Mu kiganiro cyihariye yagiranye  na Bwiza.com kuwa Mbere tariki 4 Gashyantare 2019 kuri hoteli Meridiye (Merdien), Frank Habineza yavuze ko u Rwanda muri rusange ruhagaze […]

Ingabo z’u Burundi zikanze igitero gikaze ziva muri Congo

Abasirikare b’u Burundi n’Imbonerakure bari baroherejwe muri Congo kurwanya n’inyeshyamba zirwanya Leta [y’u Burundi’, ngo basubiye mu gihugu. Izi ndwanyi ngo zasubiye mu gihugu ku wa Gatandatu tariki ya 2 Gashyantare 2019, ngo bakaba bari bamaze ibyumweru bitatu muri Congo. Abaturage bahaye ikinyamakuru RPA amakuru ari nacyo dukesha iyi nkuru, bavuga ko ahagana saa moya […]

U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyoni 400 z’amadolari yo gutunganya gaz yo mu Kivu

Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa kabiri yatangaje ko yashyize umukono ku masezerano afite agaciro ka miliyoni 400 z’amadolari y’Amerika yo gutunganya umwuka wa gaz mĂ©thane wo mu kiyaga cya Kivu. Byitezwe ko ukurwamo umwuka ushyirwa mu macupa wifashishwa mu bintu bitandukanye birimo no kuwutecyesha. Ikiyaga cya Kivu kizwi na bamwe mu bahanga mu bya […]

Uganda: Abagore bafite amabuno manini bagiye kugirwa ibikoresho byo gukurura ba mukerarugendo

Minisiteri y’ubukerarugendo muri Uganda yongereye abagore bafite amabuno manini n’abateye neza ku rutonde rw’ibicuruzwa bigomba kurushaho gukurura ba mukerarugendo muri iki gihugu, ibintu bitakiriwe kimwe n’abantu batandukanye barimo abasanga ari ugutesha agaciro abagore. Ubwo yatangazaga uyu mugambi I Kampala kuri uyu wa kabiri, umunyamabanga wa leta ushinzwe ubukerarugendo, Godfrey Kiwanda, yatangaje ko hagiye kuba irushanwa […]

Ubuyobozi kwa Sporting Kansas bweruriye abakemanga igurwa rya Rwatuyaye bise ‘intamenyekana’

Ubuyobozi bw’Ikipe yo muri Sporting Kansas City( SKC) butangaza ko abantu badakwiriye gushisdikanya ku buryo bwaguze uwari umukinnyi wa Rayon Sports, Abdul Rwatubyaye. Iyi kipe kuwa 5 Gashyantare 2019 yatangaje ko yaguze Umunyarwanda, Rwatubyaye w’imyaka 22. Abakurikiranira hafi iby’ikipe ya SKC bakomeje kwibaza uko ikipe yabo yaba yarabengutswe Rwatubyaye wo ku wundi mugabane bavuga ko […]

Mali: Umuyobozi w’akarere yishwe arashwe n’ingabo za leta

Umuyobozi w’Akarere ka Anderaboukane gaherereye mu majyaruguru ya Mali yishwe arashwe n’ingabo za leta zimwibeshyeho nyuma yo kurasa ku modoka ye ngo yanze kwemera guhagarara. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Igisirikare cya Mali riravuga ko imodoka yakemangwaga yahagaritswe n’ingabo za leta ariko ikanga kubahiriza itegeko. Igisirikare cyya Mali cyakomeje kivuga ko ibi byabereye mu gice gikunze kwibasirwa […]

Diamond Platnumz aravugwaho  kuba umubyeyi tereriyo

Umuhanzi Diamond Platnumz aravugwaho kuba umubyeyi utita ku nshingano ze zo kurera abana babiri yabyaranye na Zari Hassan. Mu minsi ishize nibwo Zari yifashishije instagram yatangaje ko ari we utunze umuryango we bityo bimusaba gukora cyane. Yagize ati “ Igihe ari wowe wenyine wita ku bana wenyine, ukwiye gukora ari ko bitari cyane ariko nanone […]

Tshisekedi muri Angola yavuze ku masezerano avugwaho kugirana na Kabila

Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi Tshilombo kuri uyu wa Kabiri, itariki 05 Gashyantare yageze I Luanda muri Angola mu ruzinduko  rw’akazi rw’amasaha macye ari narwo rwa mbere agiriye hanze y’igihugu kuva yarahirira kuyobora igihugu kuwa 24 Gashyantare. Mu kiganiro n’itangazamakuru yasubije ibibazo birimo icy’amasezerano avugwaho kugirana na Kabila. Nk’uko byatangajwe n’Ibiro […]

Ruhango: Umusekirite kuri Duterimbere yatawe muri yombi ashinjwa kwiba umunyamahanga

Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yataye muri yombi ushinzwe umutekano w’ikigo cyigenga ushinjwa kwiba amafaranga 300,000 n’ibindi bintu by’agaciro by’uwitwa Gottfried Woelft w’imyaka 39, umumisiyoneri ukorera Diyoseze ya Ruhengeri ukomoka muri Autrichia. Polisi iravuga ko ukekwaho iki cyaha ari uwitwa Ancille Uwingeneye w’imyaka 25 ushinzwe umutekano w’Ikigo cy’imari cya Duterimbere giherereye mu Karere ka Ruhango, mu […]