Uganda: FDC iribaza icyihishe inyuma  yâiyirukanwa ryihuse  ryâUmunyarwandakazi
Abatavugarumwe nâubutegetsi bwa Perezida Museveni bo mu Ishyaka rya Forum For Democratic Change (FDC) batangaza ko batiyumvisha neza icyihishe inyuma yâiyirukanwa ryâUmunyarwandakazi, Annie Tabura Bilenge wakoreraga MTN wirukanwe ashinjwa kubangamira umutekano wâigihugu. Polisi ya Uganda mu mpera zâukwezi kwa Mutarama 2019, yirukanye Annie Tabura nâUmufaransa Prentout. Aba bashinjwaga kuba barumvirije amabanga yâigihugu mu gihe cyâimyaka […]
Tanzania: Vanessa Mdee yagize icyo avuga ku mabere ye benshi bakomeje kwibazaho
Umuhanzikazi wo muri Tanzania, Vanessa  Hau Mdee uzwi ku izina rya Vee Money yatangaje ko amabere ye atigeze ayabagisha, mu gihe benshi bakomeje kuyibazaho. Uyu mukobwa uzwi cyane muri muzika yo muri Tanzania, aganira na  Wasafi Tv yâumuhanzi Diamond Platnumz, yashimangiye ko nta muganga nâumwe wari wamukorera ku ibere ndetse ko nta mugambi afite wo […]
Burundi: Umupolisi yarashe umunyonzi bicyekwa ko yari amwimye ruswa
Umunyonzi yarashwe nâumupolisi ahita apfa ubwo yari amwambuye igare rye, bikurura imvururu hagati yâabapolisi nâabanyonzi. Ibi byabaye ahagana saa munani (14:00) zo ku wa Kabiri tariki ya 5 Gashyantare 2019, muri zone Rohero, i Muyinga mu mujyi wa Bujumbura . Ababonye iryo sanganya bakavuga ko umunyonzi yahagaritswe nâabapolisi babiri bâabofisiye bari bambaye imyenda ya gisivile […]
Rusizi: Ababyarira ku Kigo Nderabuzima cya Gikundamvura baratabaza
Ababyeyi babyarira ku kigo nderabuzima cya Gikundamvura mu murenge wa Gikundamvura mu karere ka Rusizi barifuza ko Minisitiri wâubuzima yabasura akareba ingorane zikomeye babyariramo kubera kutagira umuriro wâamashanyarazi. Aba babyeyi bavuga ko bajya kubyara bitwaje udutadowa, utagafite akajyana agatelefoni acanisha cyangwa agatoroshi, ibi bakabibonamo ibyago ku buzima bwabo ndetse nâabana babyara. Ubwo Bwiza.com yageraga kuri […]
Loni yahishuye ko Koreya ya Ruguru itigeze ihagarika gukora ibisasu bya kirimbuzi
Inzobere zâumuryango wâAbibumbye zitangaza ko Porogaramu za Nikleyeli na Misile bya Koreya ya Ruguru bikiri uko byari kandi ko iki gihugu gikomeje gukoresha ibibuga byâindege ari nako itegura intwaro kugira ngo itazatungurwa ikaba yagabwaho ibitero na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Muri raporo basohoye ku wa Kabiri tariki ya 2 Gashyantare 2019, bavuga ko ibihano […]
Bigirimana Issa arahigira kuzatsinda igitego mukeba wabo, Rayon Sports
Rutahizamu mu ikipe ya APR FC, Bigirimana Issa arizeza abafana bâiyi kipe ko ubwo bazaba bakina na mukeba wabo, Rayon Sports, azamutsinda igitego. Mu birori byo gushimira abakinnyi ba APR FC begukanye igikombe cyâIntwari, ku Cyumweru tariki ya 3 Gashyantare 2019, nyuma yo gutsinda mukeba wayo, Rayon Sports igitego kimwe ku busa, nibwo Issa yavuze […]
Igisirikare cya Burkina Faso kigambye kwica inyeshyamba 146
Inzego zâumutekano muri Burkina Faso, zatangaje ko zishe umubare munini wâinyeshyamba ubwo bihoreraga ku bwâigitero cyapfiriyemo abasivile 14 mu Burasirazuba bwâiki gihugu. Igisirikare gitangaza ko ku Cyumweru abagabo bitwaje intwaro bagabye igitero ahitwa Kain, mu Ntara ya Yatenga abasivile basaga 10 bakahaburira ubuzima. Mu itangazo ryasohowe n’igisirikare, rivuga ko bagabye ibitero simusiga mu ntara eshatu […]
Nyina wa Diamond yanenze Zari na Mobetto mu kubagereranya na TanashaÂ
Nyina wa Diamond Platnumz, Sanura Sandra yanenze abahoze ari abagore bâumuhungu we, Zari Hassan na Hamisa Mobetto ubwo yabagereranyaga na Tanasha Donna Oketch uteganya kuba umukazana we. Uyu mubyeyi yatangaje ko hari itandukaniro hagati ya Tanasha nâabandi bigeze kubana na Diamond ku bijyanye nâikinyabupfura. Avuga ko uretse kuba Tanasha ahiga Zari na Mobetto ikinyabupfura, ngo […]
Paul Rusesabagina, Sankara na Kayumba Nyamwasa, mu gatebo kamwe
Rusesabagina Paul wamenyakanye muri filimi â Hotel Rwandaâ, akaba umwe mu batavuga rumwe na Leta yâu Rwanda, yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi hamwe na Sankara. Izi mpapuro zikaba zije zikurikira ubugira kabiri izashyiriweho Kayumba Nyamwasa. Mu mpera zâukwezi gushize nibwo Leta yâu Rwanda yari yasohoye impapuro zo guta muri yombi Kayumba Nyamwasa, umuyobozi wâishyaka RNC, […]
RDC: Col. Habarugira yakatiwe igifungo cyâimyaka 15
Urukiko rwa gisirikare rwâi Goma rwanzuye kwirukana mu gisirikare cya Leta ya Congo/ Kinshasa, Col. Marcel Habarugira Rangira ndetse runamukatira igifungo cyâimyaka 15, nyuma yo guhamwa nâicyaha cyo gukoresha abana bato mu ntambara nâibindi byaha byâintambara. Ni ibihano yahawe ku wa Gatandatu tariki ya 2 Gashyantare 2019, akaba ashinjwa mbere yâibindi gukoresha abana bato mu […]
Nta kinyabupfura kiri mu gisirikare- Gen Muntu
Rtd. Maj. Gen. Mugisha Muntu wigeze kuyobora Igisirikare cya Uganda  (UPDF) avuga ko cyataye ikinyabupfura kuva mu myaka ishize kandi ko  cyatakarijwe icyizere. Aganira nâimwe muri radiyo zo muri Uganda, Muntu yatangaje ko UPDF ubuyobozi bukuru bwananiwe kugenzura igisirikare kugeza ubwo cyijanditse mu bikorwa bya politiki bidasobanutse kandi bishingiye ku muntu umwe. Muntu ati â […]
Mutoni Assia yasobanuye impamvu atarongorwa kandi akunzwe na benshi
Umunyarwandakazi Mutoni Assia umaze kubaka izina muri Cinema Nyarwanda, avuga ko akiri umukobwa ariko akaba adafite umukunzi, agasobanura ko hari byinshi yari ahugiyeho ariko ko ari mu nzira yo kubisoza. Aganira na X Large TV, Assia nkâumukobwa ukunzwe na benshi kubera ubuhanga agaragaza muri filimi akina, yabajijwe niba nta mukunzi agira, asubiza agira ati âNtaweâ. […]
Muhanga: Abikorera bagaragarije Guverineri Gasana inzitizi bahura nazo ku ishoramari
Mu biganiro Guverineri wâIntara yâAmajyepfo, Gasana Emmanuel, yagiranye nâabikorera bo mu karere ka Muhanga ku mahirwe yo gushora imari bafite muri aka karere, bamugaragarije ko mu nzitizi bagifite harimo nâumuriro wâamashanyarazi nâamazi bidahagije. Umwe mu bacuruzi bahakorera, Past Nkundiye Theophille , avuga ko nta muntu watekereza gushinga uruganda muri ako gace ka Muhanga mu gihe […]
Uganda: Fille Mutoni yatumye uwahoze ari umugabo we atandukana nâumukunzi mushya
Umunyarwandakazi Fille Mutoni ukorera umuziki mu gihugu cya Uganda yazonze umutima wâumugabo bahoze bakundana, Mc Kats bituma atandakuna nâumukunzi we mushya, Patricia. Edward Katamba uzwi nka Mc Kats yatandukanye na Fille bapfa gucana inyuma. Kuri ubu uyu mugabo bivugwa ko yamaze gutandukana nâumukunzi we mushya bitewe nâamakuru yasakaye ko bapfuye ibibazo byo mu buriri. Uyu […]
Abatuye muri Uvira bakomeje kugaragaza ko babangamiwe nâinyeshyamba zâAbarundi
Abaturage bo muri Teritwari ya Uvira, mu Ntara ya Kivu yâAmajyepfo, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bigaragambije mu rwego rwo kwereka Leta ko badakeneye gukora bitewe nâumutekano muke uri muri aka gace, ahanini ngo baterwa nâinyeshyamba zirimo izituruka mu Burundi. Iyi myigaragambyo yabaye ku wa Mbere tariki ya 4 Gashyantare 2019, iyobowe na Sosiyeti […]
Nyamasheke: Abakobwa biga muri GSFAK babangamiwe nâuburyo bararamo
Hashize ibyumweru bibiri mu rwunge rwâamashuri rwa Frank Adamson rwa Kibogora( GSFAK) mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke inkongi yâumuriro yibasiye inyubako abakobwa bagera kuri 280 bararagamo, irashya irakongoka ntibagira na kimwe barokora mu byarimo byose mu gice cyahiye, aba bakobwa bakaba bavuga ko uburyo baryamamo buteye inkeke kuko barara ari batatu. Nkâuko […]
Ibyâirasa rya Gen Kasirye Ggwanga bigoye Polisi ya Uganda
Polisi ya Uganda iri mu rungabangabo ku cyo yakora nyuma yâaho umuhanzi Catherine Kusasira wagombaga kuyiregera Rtd Maj. Gen. Kasirye Ggwanga warashe amapine yâimodoka ye yanze gutanga ubuhamya bwe. Mu cyumweru gishize, ibinyamakuru byo muri Uganda byatangaje ko Gen Kasirye yarashe imodoka ya Kusasira bitewe nâubwumvikane bucye hagati yâabana be nâabafasha madamu Kusasira kubera urusaku […]
Amerika yaburiye Kenya ko ifite amakuru yizewe y'ibindi bitero byâiterabwoba bizayibasiraÂ
Amabasade ya Amerika muri Kenya yatangaje ko Kenya ishobora kwibasirwa nâibindi bitero byâiterabwoba byâumwihariko mu bice byâiburengerazuba. Amerika ivuga ko ifite amakuru yizewe ko hashobora kugabwa ibitero ahantu hahurira abantu benshi mu duce twa Nairobi, Naivasha, Nanyuki no mu duce twegereye inyanja twâiki gihugu. Itangazo ryashyizwe ryâiyi amabasade riri ku rubuga rwayo rwa interineti riragira […]
Umugabo wibye inkweto ku musigiti yahanishijwe guhekenya urusenda
Umugabo wafashwe acyekwaho kwiba inkweto ku musigiti i Mombasa muri Kenya, yahanishijwe igihano cyo guhekenya urusenda rubisi. Â Uyu mugabo utatangajwe amazina ngo yibye inkweto ku musigiti wa Sakina, uherereye i Majengo, mu mujyi wa Mombasa. Yasubiye inyuma ngo azigurisha amashilingi 500 ya Kenya nâuwitwa Felix. Nyuma yo gufatwa uyu mugabo yahekenyeshejwe urusenda rubisi mu […]
Umuraperi 21 Savage mu mazi abira nyuma yo kuvumbura inkomoko ye yahishe
Umuraperi 21 Savage byari bizwi ko ari Umunyamerika kuri ubu ari mu mazi abira nyuma yo kuvumbura ko yaturutse mu Bwongereza ndetse akaba yabaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu buryo bunyuranyije nâamategeko. Kuri ubu uyu musore yatawe muri yombi nâurwego rushinzwe abinjira nâabasohoka. Biravugwa ko uyu muraperi ubusanzwe amazina ye ni; Shayaa Bin […]
Burundi: Igitero cya grenade cyakomerekeje abantu bagera kuri barindwi
Igitero cya grenade muri Komini Buganda, mu Ntara ya Cibitoke, mu majyaruguru yâuburengerazuba bwâu Burundi cyakomerekeje bikomeye abantu bagera kuri barindwi. Iki gitero cyagabwe kuri iki Cyumweru ahagana saa mbiri zâijoro kuri kamwe mu dusozi two muri iyi komini ya Buganda. Abantu barindwi bakomeretse bikomeye, bane bajyanwa kwa muganga I Bujumbura kubera ibikomere bikomeye bagize. […]
Akunda abatinganyi niyo mpamvu namuretse- Uwahoze akundana na Wema Sepetu
Umugabo wahoze akundana na Wema Sepetu atangaza ko yamaze gutandukana nâumukinnyi wa filimi, Wema Sepetu bitewe no kuba uyu mukobwa yikundira abagabo baryamana bahuje igitsina cyane. Ibyâaya makuru byatangiye nyuma yâaho hakwirakwijwe ibihuha ko uyu mugabo uzwi nka PCK yirukanwe mu nzu na nyina wa Wema Sepetu kuko ngo yari mu muryango mu buryo butazwi. […]
Abujuje ibisabwa bifuza kwinjira mu gisirikare cyâu Rwanda bafunguriwe amarembo
Ubuyobozi bwâIngabo zâu Rwanda buramenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo zâIgihugu ku rwego rwâabasirikare bato ko bakwihutira kwiyandikisha ku biro byâuturere babarurirwamo guhera ku wa 03 kugeza ku ya 17 Gashyantare 2019.
Perezida Tshisekedi yemereye abasirikare kubahindurira imibereho
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Antoine Tshisekedi yasuye ikigo cya gisirikare cya Tshatshi, abizeza ko agiye kubahindurira imibereho. Mu kiganiro yagiranye nâabasirikare baba muri iki kigo nâimiryango yabo, Perezida Tshisekedi yagize ati âNishimiye kubabona, nanzuye kubasura nkâabarwaniriye igihugu cyacu nâimiryango yabo. Mu gihe cyo kwiyamamaza navuze ko nziyegereza igipolisi nâigisirikare, muri abaturanyi […]
Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda muri Uganda nabo bafite inkomoko mu Rwanda?
Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda mu gihugu cya Uganda nabo ubwabo bafite inkomoko mu Rwanda? Iki ni ikibazo gisubizwa nâikinyamakuru Virungapost mu nkuru cyahaye umutwe ugira uti: ” THE PROPAGANDA AND EXTORTION GAMES BEHIND MTN UGANDAâS TROUBLES “. Iki kinyamakuru kigaruka ku iyirukanwa ryâumunyarwandakazi, Annie Tabura, wari umukozi wa MTN-Uganda uherutse […]
Harmonize yasabiye umwe mu bayobozi bâikipe ya Haruna Niyonzima gufungwa
Umuhanzi Harmonize yasabye ko Umuvugizi wâIkipe ikinwamo nâUmunyarwanda Haruna Niyonzima, Haji Manara yatabwa muri yombi naramuka agarutse muri Tanzania. Harmonize atangaza ibi nyuma yâaho na we Guverineri wâIntara ya Dar Es- Salaam, Paul Makonda uzwi nka Papa Keegan yari yasabye ko uyu muhanzi yatabwa muri yombi nakandagira mu gihugu avuye muri Ghana kuko ngo yakekwagaho […]
Papa Parfait yahuye nâuruvagusenya ubwo yafatwaga asambana nâumugore wâabandi
Umugabo wakorerwaga iyicarubozo, yafashwe amashusho akwirwakwizwa ku mbuga nkoranyambaga. Yitwa Irankunda Modeste, iyicarubozo akaba yararikorewe mu Majyepfo yâu Burundi. Modeste ubwo yakorerwaga iyicarubozo, abari bamufashe bamukuyemo imyenda yose, ubugabo bwe babuhambiriza akagozi kâumweru, amaboko ye bayahambirira inyuma, bamuha telefoni akavugana nâumugore we amusaba kumwoherereza amafaranga, kugira ngo arekurwe, yabura akicwa. Modeste yumvikana abwira umugore we […]
Uganda: Visi Minisitiri wâIntebe Gen. (Rtd) Moses Ali arashinjwa gukorana nâinyeshyamba
Visi Minisitiri wâIntebe wa Mbere wa Uganda, Gen. (Rtd) Moses Ali, yatunzwe urutoki ashinjwa kugira aho ahuriye nâumutwe ukomeje gutera ubwoba no gutuma abaturage bata ibyabo ahitwa Apaa, mu Karere ka Amuru, ibintu bikekwa ko bishobora kongera kubyutsa imitwe yâinyeshyamba mu majyaruguru yâigihugu. Mu 2015, nibwo Guverinoma ya Uganda yagaragaje imbibi hagati yâakarere ka Amuru […]
RDC: Abantu 11 baguye mu mirwano hagati ya FARDC nâinyeshyamba
Abantu 11 barishwe abandi benshi barakomeretswa nâamasasu mu mirwano yahuje kuwa Gatandatu ushize, itariki 02 Gashyantare, Igisirikare cya Congo, FARDC, nâagatsiko kâabantu bitwaje intwaro ahitwa Torgess, igiturage kiri mu birometero 25 uvuye mu Gasantere ka Blukwa muri sheferi ya Bahema yâAmajyaruguru muri Teritwari ya Djugu. Imirwano yabaye mu ijoro ryo kuwa Gatandatu rishyira ku Cyumweru […]
U Rwanda ruhakana ko u Burundi bwarwanyije itorwa rya Perezida Kagame ku kuyobozi bwa EAC
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga, Amb.Olivier Nduhungirehe yabeshyuje amakuru avuga u Burundi bwari bwanze gutora Perezida Kagame nkâumuyobozi wâUmuryango wa Afurika yâIburasirazuba (EAC). Mu nama yâabakuru bâibihugu bigize EAC yateranye kuwa 1 Mutarama 2019 Arusha muri Tanzania yemeje ko Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame ari we ugiye kuyobora uyu muryango, asimbuye Perezida Museveni […]
Polisi handball Club yegukanye igikombe cyâintwali itsinze APR Handball Club
Kuri iki cyumweru tariki 03 Gashyantare nibwo mu Karere ka Gicumbi hashojwe irushwanwa ryo guhatanira igikombe cyo kwibuka intwari zâ u Rwanda. Ikipe ya Polisi Handball Club ikaba yatsinze iya APR Handaball Club ibitego 29 kuri 28. Ni irushanwa ryari rimaze iminsi ibiri,ryahuhuzaga amakipe 11 yose akina uyu umukino wâamaboko uzwi ku izina rya Handball. […]
Nyamasheke: Bamwe mu bana bajya ku mashuri batagira ibikoresho byâibanze
Ikibazo cya bamwe mu babyeyi bohereza abana ku mashuri batabahaye ibikoresho byâibanze cyane cyane mu mashuri abanza, ni bimwe mu bikomeje gukoma mu nkokora ireme ryâuburezi ryifuzwa mu karere ka Nyamasheke. Iki kibazo ni kimwe mu byagaragajwe nâitsinda rimaze iminsi rigenzura uko ireme ryâuburezi rihagaze muri aka karere riturutse muri Minisiteri yâuburezi nâibigo biyishamikiyeho, hakorwa […]
Uganda: Bus yakoze impanuko ikomeye bane barapfa, 30 barakomereka
Kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Gashyantare 2019, abantu bane bapfiriye mu mpanuka yâimodoka mu i Namayonjo, mu gace ka Nakasongola, muri Uganda. Bitangazwa ko abantu bane bahise bapfira aho iyi mpanuka yabereye mu gihe abandi 30 bakomeretse bajyanwe ku mavuriro atandukanye arimo nâirya gisirikare. Umuvugizi wa Polisi, Mr Fred Enanga, abicishije ku rukuta rwe […]
Pallaso na Spice Diana bagaragaje ko ibyo kuba baryamana bavugwaho byaba ari ukuri
Nyuma yâigihe kirekire havugwa umubano udasanzwe hagati ya Pius Mayanja uzwi ku izina rya Pallaso na Spice Diana, babigaragarije mu ruhame ubwo bombi bahuriraga ku rubyiniro. Ikinyamakuru Mbu cyo muri Uganda gitangaza ko Diana na Pallaso batangiye kuvugwaho kugirana urukundo mu mwaka wa 2015, nyuma yo guhurira mu ndirimbo â Koonaâ gusa ku ruhande rwabo […]
Rwamagana: Umuvunyi Mukuru yavuguruje ibyakozwe nâumuhesha wâinkiko asaba ko bisubirwamo
Mu bibazo byagejejwe ku Muvunyi Mukuru ubwo yasuraga akarere ka Rwamagana, harimo icyâabazungura ba Rwibiraro bananiwe kugabana amasambu ye. Ikibazo cyageze mu nkiko, urwisumbuye rwa Ngoma rutegeka umuryango kumvikana, umuhesha wâinkiko wâumwuga aza kururangiza. Murekezi Anastase yasabye ko bisubwirwamo, umuryango ugateranira imbere yâinteko y’abaturage ikabumvikanisha. Imbere yâimbaga yâabaturage bagize imirenge ya Munyaga, Muhazi na Kigabiro; […]
Bwa mbere mu mateka umushumba wa Kiliziya Gatolika asuye Leta Zunze Ubumwe zâAbarabu
Papa Francis aragera muri Leta Zunze Ubumwe za Abarabu (UAE) kuri iki cyumweru, abe abaye papa wa mbere usuye iki gihugu. Papa agiye ku butumire bw’igikomangoma Sheikh Mohammed bin Zayed al-Nahyan wimye ingoma muri iki gihugu, ngo yitabire inama mpuzamadini. Uru rugendo rw’amateka ruzanarangwa n’igitambo cya misa izaba ku wa kabiri, byitezwe ko izitabirwa n’abantu […]
Icyo Leta yâu Burundi ivuga ku kuba Perezida Kagame agiye kuyobora EAC
Leta yâu Burundi itangaza ko yakiriye neza ihererekanyabubasha ryabayeho mu muryango wa Afurika yâIburasirazuba,EAC, nabwo bubereye umunyamuryango, aho Perezida Kagame wâu Rwanda ariwe ugiye kuwuyobora. Visi Perezida wa Mbere wâu Burundi , Gaston Sindimwo aganira na Rema FM, yagize ati âU Burundi bwakiriye neza ishyirwaho rya Perezida Kagame. Nta kubirwanya kwabayehoâ. Perezida Kagame yakiriye ubuyobozi […]
U Burusiya nabwo bwivanye mu masezerano yo guhagarika icurwa ryâintwaro za kirimbuzi
Perezida wâu Burusiya, Vladimir Poutine kuri uyu wa Gatandatu, itariki 02 Gashyantare, yatangaje ko igihugu cye kivuye mu masezerano yo guhagarika icurwa ryâintwaro za kirimbuzi nyuma yâaho Leta Zunze Ubumwe za Amerika nazo zikuye muri aya masezerano yashyizweho umukono mu 1987 na Perezida Ronald Reagan na Mikhail Gorbatchev yari agamije gusenya missiles zose ibi bihugu […]
FARDC yigambye kwica inyeshyamba zisaga 20
Ku wa Gatandatu tariki ya 2 Gashyantare 2019, igisirikare cya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kigambye kwica inyeshyambaza zisaga 20 za Mai-Mai. Nkâuko ikinyamakuru Actualitecd cyo muri Congo kibitangaza, FARDC yemeza ko izi nyeshyamba yazishe ku wa Kane wâiki cyumweru mu duce twa Pabuka na Kalingathi, duherereye mu Burasirazuba bwâAmajyepfo yâumujyi wa Beni, […]
Kuri ubu umugore yemerewe kwandikisha umwana adasabwe kuzana se ku ngufu
Minisitiri Busingye Johnston, Minisitiri wâUbutabera Busingye Johnston yakanguye abagore bafite abana bavutse bakaba batemerwa nâabagabo babyaranye kwihutira kubandikisha kubera ko ari uburenganzira bwâabana kwandikwa mu bitabo byâirangamimere kugira ngo bashyirwe mu igenamigambi ryâigihugu. Ibi yabitangarije kuwa 23 Mutarama 2019 mu Murenge wa Mata mu gikorwa cyo gutanga ubufasha mu byâamategeko cyateguwe ku bugatanye bwa Minisiteri […]
Annie Tabura uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye
Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda akaba aherutse kwirukanwa nabi muri iki gihugu ashinjwa imigambi yo guhungabanya umutekano wa Uganda, yahishuye inzira yanyuzemo nâuko byamugendekeye kugeza yisanze mu ndege imusubiza mu Rwanda. Mbere yâuko ajya gukorera MTN-Uganda muri Mata 2018, Annie Tabura, wabaye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo akiri umwana akiga mu gihugu cya Kenya, […]
Uwahoze ari umwami wâu Bubiligi yanze kwipimisha DNA mu rubanza ku mwana yabyaye hanze
Albert wa II, wahoze ari umwami w’u Bubiligi, yanze ko akorerwa ikizamini cy’ingirabuzima-fatizo (DNA) mu rubanza rugamije kugaragaza ko yabyaranye umwana n’uwo batashakanye mu myaka ya 1960. Urukiko rwâI Buuruseli mu murwa mukuru w’u Bubiligi, rwategetse uyu wahoze ari umwami kuri ubu ufite imyaka 84 y’amavuko, gutanga ikizamini cy’amacandwe mu gihe kitarenze amezi atatu, bitihi […]
Bushenge: Ababyeyi barasabwa guhora batoza abana umuco w'ubutwari
Ubuyobozi bwâumurenge wa Bushenge, mu karere ka Nyamasheke busanga kugira ngo abanyarwanda bose biyumve mo umuco wâubutwari ari uko ababyeyi batera intambwe yo kuwutoza abana babo bakiri bato, bagakura bakunda igihugu cyabo,bumva neza aho cyavuye kugira ngo kibe kigeze ku rwego rwo kubahwa nâamahanga yose, birinda ko iyi ndangagaciro yasubira inyuma. Ni bimwe mu byo […]
Gakenke: Yahereye ku nkoko 30 yiteza imbere none ubu ageze ku 4,000
Maniragaba LĂ©onard wâimyaka 47 ukomoka mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gekenke, avuga ko yinjijwe mu bworozi bwâinkoko nâumworozi witwa Gakwaya Cyprien, watangije ubwo bworozi mu Murenge wa Mugunga. Avuga ko uwo mworozi yakomeje kumugira inama, agashira ubwoba akajya kuguza igishoro muri gahunda yâubudehe. Ubu arinjiza asaga ibihumbi 300Frw ku kwezi kubera ubworozi bwâinkoko. […]
Dr Kayumba asanga uruhuri rwâibibazo rutegereje Perezida Kagame muri EAC
Umwarimu wa Kaminuza akaba nâUmusesenguzi muri Politiki Mpuzamahanga, Dr Christopher Kayumba atangaza ko Umuryango wa Afurika yâIburasirazuba (EAC) ufite ibibazo uruhuri ku buryo kuwuyobora ari kamwe mu kazi gakomeye muri iki gihe. Mu nama ya 20 yâuyu muryango yateranye kuwa 1 Gashyantare 2019 yemeje ko Perezida Kagame wâu Rwanda ari we ugiye kuyobora EAC. Uyu […]
RDC: Uwari ukuriye Mai-Mai NDC yavuze uko Leta yamufashaga ikanafasha FDLR
Ntaho Ntaberi Cheka wari Umuyobozi wâumutwe wa Mai-Mai Nduma Defence of Congo (NDC) wishyikirije Monusco muri Nyakanga 2017, kuri uyu wa Kane ushize, ku itariki 30 Mutarama, yatangarije urukiko rwa gisirikare rwa Goma ko yakiriye inkunga ya bamwe mu bagize guverinoma ya Congo yo gushyigikira uyu mutwe we ndetse anavuga ko bamwe muri aba banafashaga […]
Umupfumu yandagaje Perezida wâInteko Ishinga Amategeko ya Uganda
Umupfumu witwa Damiano Akuze avuga ko Perezida wâInteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga ko arambye muri politiki bitewe nâibyo amukorera. Akuze mu kirego yashyize hanze ko afite uruhare runini mu kuba Kadaga amaze imyaka myinshi mu butegetsi. Nâubwo uyu mupfumu avuga ibi, urukiko ntiruratumiza Kadaga ngo agire icyo atangaza ku bimuvugwaho nkâuko The Dailymonitor […]
Yimwe igihembo yatsindiye muri tombola azira gukoresha ikarita ya banki yibye
Itike yatsinze tombola yo muri Canada, bisa nkaho itazahabwa igihembo yatsindiye kubera ko yaguzwe hifashishijwe ikarita y’inyibano ya banki. Umugore bivugwa ko yaguze iyo tike, yatawe muri yombi na polisi y’iki gihugu ubwo yari mu nzira yerekeza ahakorera abateguye iyi tombola agiye gufata igihembo yatsindiye. Polisi yari irimo gukurikirana amakuru y’iyibwa ry’ikofi, iza kuvumbura ko […]
ICC: Laurent Gbagbo wahoze ayoboye Cote dâIvoire kuri ubu aridegembya
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), kuri uyu wa Gatanu, itariki 01 Gashyantare 2019, rwarekuye Laurent Gbagbo wahoze ari Perezida wa Cote dâIvoire nyuma yo kugirwa umwere mu kwezi gushize ku byaha yari akurikiranweho. Abacamanza barekuye Gbagbo na mugenzi we bareganwaga, Charles Ble Goude, wahoze ari minisitiri wâurubyiruko. Abacamanza bakaba bahise bategeka ko azaba ari mu gihugu […]
Abanyamategeko bo mu Rwanda bareze Ishuri ryâAmategeko ryo muri Ghana
Itsinda ryâabanyamategeko bo mu Rwanda bize mu Ishuri ryâAmategeko (ILPD) bagejeje mu nkiko Ishuri ryâamategeko ryo muri Ghana nâAkanama kâAbanyamategeko ku bwo kubangira kuba bahakomereza amasomo yabo muri iki gihugu. Inkuru dukesha Ghanaweb ivuga ko aba banyamategeko bo mu Rwanda bangiwe kuba bakomeza ibyo bita â Post Call Lawâ kandi  ko batigeze basubizwa ibaruwa bandikiwe […]
Perezida Kagame arasanga EAC idakwiye gusubira inyuma n'aho yari igeze
Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, ubwo yari amaze kwakira ubuyobozi bwa EAC kuri uyu wa Gatanu, itariki 01 Gashyantare 2019, yatangaje badashobora kwemera ko Umuryango wa Afurika yâIburasirazuba usubira inyuma mu gihe wari utangiye gutera imbere. Abakuru bâibihugu bigize Umuryango wâAfurika yâIburasirazuba (EAC), bahuriye Arusha muri Tanzaniya batorera Perezida Paul Kagame wâu Rwanda kuyobora uyu […]
Rubavu: Hafatiwe ibiro bisaga 300 by'imyenda, inkwetu bya caguwa n'izindi magendu
Kuri uyu wa Kane tariki 31 Mutarama, mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Gisenyi hafatiwe ibicuruzwa bitandukanye byinjiye mu gihugu mu buryo bunyuranyije nâamategeko, polisi ikaba ikomeje gukangurira Abanyarwanda gukomeza ubufatanye mu kurwanya magendu. Ibicuruzwa byafashwe bigizwe nâibiro bisaga 300 byâimyenda nâinkweto za caguwa, amakarito 4 ya sesitomate, ibitenge, amata ya nido ndetse nâibizingo 20 […]
Ibitekerezo ku itorero ry'Igihugu, Chairman Bamporiki yanyunganira
Nshimishijwe n’uko ubuyobozi bw’igihugu bwifuje ko u Rwanda n’Abanyarwanda bagaruka ku muco wabo ukaba ishingiro ry’izindi ngeri z’imibereho yabo (instauration du cadre de structuration du champ social de la nation), nkaba naragize igitekerezo ndetse nkaba nsaba ubuyobozi bw’itorero ry’Igihugu cyane Chairman Bamporiki ngo anyunganire kuri ibi nibaza: Gutanga ibitekerezo kuri urwo rwego, imikorere yarwo ndetse […]
Nyarugenge: Urukiko rwahamije abagore babiri guhimba inyandiko, rubahanaguraho ubuhemu
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwasomye urubanza ubushinjacyaha buregamo abagore babiri aribo Mukagihana Marie Claire na Bampire Nyirahabimana Gaudance bashinjwa guhimba « bon de commande » yâakarere ka Rulindo. Iyi yakoreshejwe mu kugura imiti idakenewe muri Proline Health Care& Systems Depot Pharmacetique, bakoragamo bombi. Bavugwaho kandi kugemura imiti mu bitaro bya Ruhengeri bayikuye aho bakora, nyamara bakishyuriza Buranga […]
Ibyaha birandembeje, nkeneye amasubyo na penetensiya kubera kuvuna imiheha nkongezwa
Kuvuna umuheha ukongezwa undi mu buryo busanzwe bivugwa ku muntu wâumutoni ku muntu umukuriye cyangwa umufiteho ububasha ukora amakosa aho guhanwa no gufatirwa ibyemezo agakingirwa ikibababa, akagororerwa, akazamurwa mu ntera, agahabwa ibihembo nâibindi byiza nk’ibyo. Iyi nkuru ijimije iraca amarenga ku bantu bamwe nkâabo bayobora abandi mu buryo bwâubusumbane kuko mu gihe hari abagororerwa batabikwiriye […]
Mwana wanjye uzabe intwari! Ndagukunda kandi nkunda u Rwanda- Kizito Mihigo
Umuhanzi Kizito Mihigo umaze amezi ane ahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika, agafungurwa, kuri uyu wa 1 Gashyantare 2019, Umunsi Mukuru wâIntwari zâu Rwanda, yagize ubutumwa atanga akoresheje indirimbo nkâigihangano cye, asaba umwana kuba intwari no gukunda igihugu. Kizito Mihigo yari yarakatiwe igifungo cyâimyaka 10 mu mwaka wa 2013, nyuma yo guhamwa nâibyaha yashinjwaga birimo […]
Impamvu zatumye umutoza wa Chelsea yanga gutahana n'abakinnyi nyuma yo gutsindwa uruhenu
Umutoza wa Chelsea, Maurizio Sari yanze gutaha mu modoka imwe n’abakinnyi be nyuma yo gutsindwa bandagajwe n’Ikipe ya Bournemouth ibitego bine ku busa. Nyuma yo kuganira n’abakinnyi be nko mu minota 40, Sarri yahisemo gusubira Stamford Bridge wenyine. Ababikurikiranira hafi bavuga ko ibi byaba byaratewe no kuba yarashakaga gutekereza neza,yirinda urusaku rw’abakinnyi bamaze gutsindwa. Ibi […]
Umugandekazi yapfuye nyuma yo kwimwa Viza ijya muri Amerika
Umugore w’Umunyayuganda witwa Theopista Okudio yapfuye nyuma y’aho yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Theopista wari usanzwe ari umuturage w’agace ka Mutungo mu Mujyi wa Kampala yaguye kuri ahitwa Nsambya. Amakuru y’urupfu rw’uyu mugore w’imyaka 38 yemejwe n’umuvugizi wa Ambasade ya Amerika muri Uganda, Phil Dimon Yagize ati ” Turatangaza ko […]
Harmonize nakandagira muri Tanzania azafatwe afungwe- Guverineri wa Dar Es-Salaam
Guverineri w’Intara ya Dar Es Salaam, Paul Makonda yasabye ko Umuhanzi Harmonize yafatwa agafungwa nyuma yo gushyira hanze amafoto arimo kunywa urumogi. Makonda yasabye inzego z’umutekano gucukumbura neza iby’iki kibazo byamuhama agafungwa. Ifoto ya Harmonize arimo kunywa urumogi yagaragaye bwa mbere ubwo yari mu cyumba gitunganyirzwamo umuziki (studio) mu gihugu cya Ghana. Makonda ati ” […]
EAC: Inama ya 20 yâabakuru bâibihugu ibaye mu gihe ibihugu bimwe bikirebana ayâingwe
Inama ya 20 idasanzwe yâabakuru bâibihugu bigize umuryango wa Afurika yâIburasirazuba (EAC) irateranira I Arusha muri Tanzania kuri uyu wa gatanu, itariki 01 Gashyantare 2019 mu gihe hari urwikekwe rutoroshye hagati ya bimwe mu bihugu bigize uyu muryango nka Uganda, uuu Rwanda nâu Burundi. Mu minsi ishize nibwo Perezida Nkurunziza yatangaje ku mugaragaro ko afata […]