Abagande bemerewe kujya mu bihugu 68 badasabye Visa

Abanyayuganda bemerewe gutembera mu bihugu 68 badasabwe uruhusa rwihariye rwio kwinjira muri ibyo bihugu, ari rwo bita “VISA”. Ibihugu bya Africa Abanyayuganda bemerewe kwinjiramo nta Visa ni : Benin, Botswana, Burundi, Eritrea, Eswatini (Yahoze yitwa Swaziland), Gambia, Kenya, Lesotho, Malawi, Mauritius, Rwanda, Tanzania, Zambia na Zimbabwe. Hanze ya Africa, hari Antigua & Barbuda, Bahamas, Barbados, […]

Abanyamakuru 251 bagiye gusoreza umwaka muri Gereza

Mu cyegeranyo ngarukamwaka gikorwa n’Umuryango urengera Abanyamakuru (Comiette to Protect Journalists/ CPJ), icyashyizwe ahagaragara uyu mwaka kigaragaza ko abanyamakuru 251 ari bo batawe muri yombi mu ku Isi yose uyu mwaka. Umuryango CPJ uvuga ko abafunzwe bashobora kub abarenze umubare yatangaje, kuko abo ivuga ari ababa bamenyekanye cyangwa se ababa batangiwe / batanzweho amakuru. CPJ […]

Nyamagabe: Abagizi ba nabi batwitse imodoka 3 zitwara abagenzi bica abaturage 2 abandi barakomereka

Ku mugororba wo kuri uyu wa Gatandatu, itariki 15 Ukuboza 2018, ku isaha ya saa 18h15, mu Murenge wa Cyitabi, Akarere ka Nyamagabe, mu ntara y’Amajyepfo, abantu batamenyekanye batwitse imodoka eshatu zitwara abagenzi, bica abaturage babiri, bakomeretsa abandi umunani nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara n’igisirikare cy’u Rwanda rivuga. Lt. Col Innocent Munyengango, umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda […]

Karongi: Hafashwe amabaro 36 y'imyenda ya caguwa yinjiraga mu gihugu magendu

Mu rukerera rwo kuri uyu wa 15 Ukuboza ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu (Revenue Protection Unit) ryafashe abagabo babiri batwaye amabaro 36 y’imyenda ya caguwa yinjiye mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko. Abafashwe ni Ntawuyirushya Eliab w’imyaka 34 wari utwaye imodoka RAA 151 L na Hakizimana Danny w’imyaka 27 wari utwaye moto RB765W bafatiwe […]

Miss Rwanda2019: Reba amafoto y'abakobwa babimburiye abandi mu ijonjora

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Ukuboza 2018, nibwo hatangijwe amajonjora y’abari bazitabira irushanwa rya Miss Rwanda 2019; iki gikorwa kikaba cyatangiriye  mu Ntara y’Amajyaruguru, mu Mujyi wa Musanze, hatorwa abakobwa bazahagararira iyi Ntara. Abashinzwe ibikorwa by’ibarura no kwakira imyirondoro muri Miss Rwanda batangaje ko Intara y’Amajyaruguru yatangiriyemo ijonjora rya Miss Rwanda 2019 ryiyandikishirijemo abakobwa […]

Madamu Jeannette Kagame yahaye impanuro abahanzi Nyarwanda

Umufasha w’umukuru w’igihugu, Madamu Jeannette Kagame aributsa abahanzi nyarwanda ko Ubuhanzi bakora bukwiye kurenga ibyo kwinezeza no gushimisha ababakurikira, bagatangira gutekereza imirimo baha abandi bahereye mu bikorwa by’ubuhanzi. Izi mpanuro Madamu Jeannette Kagame yazibahaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Ukuboza 2018, ubwo yitabiraga ihuriro ry’abahanzi n’ibirori byo gusoza amarushanwa ya ‘Art Rwanda-Ubuhanzi, icyiciro […]

Utunyamasyo twariye umunyenga ku mugongo w’Imvubu- REBA AMAFOTO

Gafotozi Simon Smith w’imyaka 35 y’amavuko yatunguwe no kubona utunyamasyo turenga 30 turi ku mugongo w’Imvubu irimo koga mu mazi natwo tuyiryaho umunyenga. Simon yafotoye izi nyamaswa zo mu mazi, ubwo yari  muri Afurika y’Epfo  yasuye pariki ‘Kruger National Park’ muri Kanama uyu mwaka. Akomeza avuga ko imvubu itigeze igaragara nk’iyabangamiwe n’aba yise abagenzi ngo […]

Uganda: Umwe mu bashinzwe kurinda umukuru w’igihugu yakatiwe igihano cy’urupfu

Umwe mu basirikare babarizwa mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu muri Uganda (SFC) ndetse n’ushinzwe umutekano w’umusivili kuri uyu wa Gatanu, itariki 14 Ukuboza bakatiwe igihano cy’urupfu bazira kwica umukozi wa Mobile Money mu myaka isaga 2 ishize. Corporal Benson Opio na Santo Okot, umusekirite wakoreraga ikigo cya Group 4 Security, bamenyeshejwe urubarindiriye ubwo bagezwaga […]

Perezida Kagame avuga ko atabonye ibyo Afurika y’Epfo yise ibitutsi kuri yo

Perezida Paul Kagame avuga ko  Leta ya Afurika y’Epfo itigeze imwereka ibyo yise ko ari ibitutsi kuri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wayo, Nonceba Lindiwe Sisulu. Ibi yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru cyakurikiye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yasojwe kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Ugushyingo 2018 muri Kigali Convention Centre. Perezida Kagame  avuga ko nyuma y’aho Minisitiri Lindiwe […]

Amajyaruguru: Ubuyobozi bwiyemeje gukurikirana abibye Sacco asaga miliyoni 200

“Ntabwo nk’Abayobozi dushobora kwemera ko amafaranga y’abaturage ahera burundu, tugomba, byanze bikunze, kugaruza izo nguzanyo zatanzwe na SACCOs zitishyurwa”, ibi ni ibyagarutsweho na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney, kuwa Gatatu tariki ya 12 Ukuboza 2018 mu nama yamuhuje n’Abacungamutungo ba SACCOs zo mu Mirenge 89 igize Intara y’Amajyaruguru. Iyi nama yari igamije […]

Perezida Nkurunziza yongeye gusaba Abarundi baturiye umupaka w’u Rwanda kurikanura

Perezida Nkurunziza w’u Burundi ashimangira ko hagati y’igihugu cye n’u Rwanda hari umwuka mubi ndetse akanasaba abaturage be bari hafi y’umupaka guhora barikanuye. Ku wa Kabiri w’iki Cyumweru, ubwo Perezida Nkurunziza yagiranaga inama n’abayobozi bose b’Intara zigize igihugu mu Ntara ya Muramvya, muri Komini Bukeye, yasabye abayobozi b’izihana imbibi n’u Rwanda kurikanura. Intara eshanu z’u […]

Rusizi/Bugarama: Ubuke bw’ibyumba by’amashuri, imbogamizi ku myigire y’abana

Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye yo mu murenge wa Bugarama, mu karere ka Rusizi kimwe n’ababyeyi babo, baravuga ko ubucukike bukabije bw’abana mu ishuri bukiri imbogamizi ku ireme ry’uburezi. Bavuga ko akarere bagerageza kongera ibi byumba ngo bigabanye ubu bucukike ariko ugasanga ari nk’igitonyanga mu nyanja ugereranije n’ikibazo gihari. Irakoze Christophe wiga mu mwaka […]

Ibintu bizakwereka ko ufite umukunzi utakwitayeho

Abantu babiri iyo bakundana buri umwe yita ku byo mugenzi we akunda kabone n’iyo we yaba atabikunda. Ibi bishimangirwa n’uko umwe yishyira mu mwanya w’undi kugira ngo abyumve neza. Iyo umwe arebye ibyo ashaka akumva ko ari byo byashyirwa imbere, ibi byitwa ukwikunda (selfishness). Ashaka ko ibyo ashaka ari byo byahabwa umwanya. Umuntu wikunda gusa […]

RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Lambert Mende, ari nawe uyoboye itsinda ry’itumanaho mu bikorwa byo kwamamaza umukandida Emmanuel Shadary, kuri uyu wa gatanu, itariki 14 Ukuboza mu kiganiro n’itangazamakuru yagarutse ku mvururu zavutse mu kwiyamamaza I kalemie, Lubumbashi ndetse n’I Kinshasa kuwa Kane, aho ububiko bwa Komisiyo y’igihugu y’amatora bwafashwe n’inkongi y’umuriro. Nubwo atashinjije umukandida […]

Cibitoke: Imbonerakure yishe umugore wayo wari utwite

Ahitwa Bukinanyana mu Ntara ya Cibitoke mu gihugu cy’u Burundi umugabo bivugwa ko abarizwa mu rubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, ruzwi nk’Imbonerakure, kuwa 12 Ukuboza yishe umugore we wari utwite. Uwishwe ni Claudette Kwizera mu gihe umugabo we wamwishe yitwa Justin Ntamakuriro w’Imbonerakure nk’uko SosMedias dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga. Nk’uko bitangazwa n’igipolisi, ngo […]

Umushoferi yafashwe agerageza guha ruswa umupolisi

Umushoferi wari utwaye imodoka yo mu bwoko bwa Fuso RAD 749 Q yafashwe agerageza guha ruswa y’ibihumbi cumi na bitanu (15,000FRW) umupolisi ubwo yamuhagarikaga akamusangana amakosa atandukanye. Kuri uyu wa 13 Ukuboza 2018, nibwo Bimenyimana  Jean Damascene w’imyaka 31 y’amavuko wavaga mu mujyi wa Kigali yerekeza mu karere ka Nyaruguru yafatiwe mu murenge wa Busasamana […]

Afurika yaba igiye kuba isibaniro ry’intambara y’ubutita hagati y’ibihangange ku Isi

Umwarimu muri Kaminuza ya George Washington arasanga Afurika ishobora kuba igiye kuba isibaniro ry’intambara y’ubutita hagati y’ibihugu byy’ibihangange ku Isi nka Amerika, u Bushinwa n’u Burusiya. Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko inyungu z’igihugu, zaba iza politiki, umutekano cyangwa mu bukungu, zigomba kuza mbere muri gahunda y’ubutwererane n’umugabane w’Afurika. Abenshi mu bakurikiranira […]

Abasirikare b’u Rwanda batatu baguye mu gitero cya FDLR giheruka

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Perezida Kagame yavuze ko igitero giherutse kugabwa mu karere ka Rubavu ho mu murenge wa Busasamana hagakekwa abarwanyi ba FDLR, cyaguyemo abasirikare babiri cyangwa batatu, iki gitero cyabaye ku wa Mbere tariki 10 Ukuboza 2018. Nyuma yacyo, hatangajwe ko abarwanyi ba FDLR bakiguyemo ari barindwi ariko nyuma biza  kwemezwa  ko ari icyenda […]

Nyamasheke: Umurambo w’uruhinja watoraguwe mu murima w’umuceri

Umuturage warindaga inyoni mu mirima ihinzemo umuceri, mu gishanga cya kamiranzovu, kiri mu mudugudu wa Makoko, Akagari ka Mubumbano, Umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke yabonye umurambo w’uruhinja rw’ukwezi n’igice mu mugezi w’iki gishanga, bigakekwa ko  ari urw’umukobwa w’imyaka 21 y’amavuko witwa Nyirahabineza Emérence waruhataye akaba yanahise atabwa muri yombi. Nk’uko Bwiza.com yabitangarijwe n’umunyamabanga […]

Meddy yaburiwe ko azicwa nakandagira i Burundi

Umuhanzi w’Umunyarwanda  Meddy aritegura kujya i Burundi mu mpera z’uyu mwaka wa 2018 kuhakorera ibitaramo bibiri gusa hari abafana batangiye kwigamba kuzamugirira nabi. Ni igitaramo giteganyijwe kuba mu byumweru bibiri biri imbere kizabera i Bujumbura, hari abantu bamwe batangiye kumenyesha uyu muhanzi ko nahakandagiza ikirenge azahurika bikomeye nkuko babivuga kuri facebook. Binyujjwe ku rubuga rwa  Facebook […]

Perezida Kagame avuga ko ubukire bwiza ari ubwo ku mutima n’umubiri

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuga ko gukira neza ari ugukira ku mutima no ku mubiri, bitandukanye no kuba umuntu ngo yabugeraho ari uko abanje guhemuka. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Ukuboza 2018, ubwo Perezida Kagame yasozaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku nshuro yayo ya 16, nibwo yagarutse cyane ku mpinduka abanyarwanda basabwa kugira […]

Afurika y’Epfo ntiyumva ukuntu Amb. Nduhungirehe atafatiwe ibihano

Nyuma y’umwuka utari mwiza umaze iminsi uvugwa hagati y’u Rwanda na Afurika y’Epfo ishinja abayobozi b’u Rwanda ndetse na kimwe muu binyamakuru bihakorera kumutuka, kuri ubu iki gihugu kiravuga ko kikifuza gusubiza mu buryo imibanire y’ibihugu byombi nubwo u Rwanda ngo rutateye intambwe ngo ruhane Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Olivier Nduhungirehe ndetse […]

Weasel yahishuye ukuntu Radio amaze gupfa yacitse mu tubyiniro

Umuhanzi Weasel wo mu gihugu cya Uganda yahishuye ukuntu kwakira urupfu rwa Radio na n’ubu bikimugoye, ukuntu yahagaritse kujya mu tubyiniro kubera kwirinda kumva indirimbo bakoranye zikamumwibutsa, n’ukuntu urupfu rwe rwatumye abahanzi bo muri Uganda barushaho kwishyira hamwe. Ubusanzwe kubura uwo ukunda ntabwo ari ikintu cyoroshye guhita ukira, ndetse bifata igihe kugirango ubyakire. Mu ntangiriro […]

Bamporiki yahishuriye imbere ya Perezida icyo yaganiriye na sekuru

Umuyobozi Mukuru w’Itorero ry’Igihugu, Bamporiki Edouard, yahishuriye imbere ya Perezida Paul Kagame, ibyo yaganiriye na sekuru wamubwiye imvo n’imvano y’izina rya se, ndetse anagira amwe mu mazina y’amagenurano y’abagize umuryango we avuga, n’uko ababyeyi bitaga abana babo mu Rwanda rwo hambere. Bamporiki yabitangaje kuri uyu wa 14 Ukuboza 2018, mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano ku nshuro […]

ICGLR ihangayikishijwe n’imibanire y’u Burundi n’u Rwanda ikomeje kwangirika

Inama Mpuzamahanga ku Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR) irasaba ibihugu biyigize, Afurika Yunze Ubumwe, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ndetse na Loni, gukora ibishoboka byose imibanire y’u Burundi n’u Rwanda igasubira mu buryo nk’uko byatangajwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa I Bujumbura kuri uyu wa Gatatu ushize. Bwana Zachary Muburi-Muita, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa ICGLR (Uri ku ifoto), yatangarije ibi mu […]

Umuriro ushobora kwaka hagati ya Kanye West na Drake

Ibintu ntibimeze neza hagati y’umuraperi Drake na mugenzi we, Ye uzwi nka Kanye West nk’uko ibiganiro by’aba bombi kuri twitter bibigaragaza. Kanye West avuga ko Drake aherutse kumuhamagara amutera ubwoba kandi yaragize uruhare mu kumuzamura ku rwego agezeho ubu. Ati “ Ntuzigere utera ubwoba, se wa North, Saint na Chicago muvandi. Nitwa Ye muvandi, wibuke […]

USA: Umwana w’umukobwa w’imyaka 7 wo muri Guatemala yapfiriye muri kasho

Umwana w’umukobwa w’’imyaka 7 ukomoka muri Guatemala yapfiriye muri kasho yo muri Amerika nyuma yo kumara iminsi afunzwe n’igipolisi cyo ku mupaka wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri New Mexico nk’uko byatangajwe na The Washington Post kuri uyu wa Kane. Uyu mwana w’umukobwa bivugwa ko yinjiye muri Amerika binyuranyije n’amategeko aturutse muri Mexico ari […]

Burera: Gitifu w’umurenge arashinjwa kwakira ruswa y’amafaranga 200,000

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinoni mu karere ka Burera mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu ushize yatawe muri yombi n’abashinzwe umutekano kubera ruswa y’umuturage washakaga ibyangombwa byo kubaka akurikiranweho kwaka no kwakira. Uyu muyobozi witwa Julienne Uwamahoro kuri ubu afungiye kuri Station ya Polisi iri mu Murenge wa Gahunga, muri aka Karere ka Burera. […]

Burundi: Inzu zose zafatiwemo ibirwanisho kuva mu 2015 zigiye kugurishwa kubera BBC

Ubutabera bw’u Burundi bwatangaje ko inzu zose bwemeza ko zagiye zifatirwamo ibirwanisho kuva mu 2015 zigiye kugurishwa kugirango ababuze ababo mu mvururu zishingiye kuri manda ya Perezida Nkurunziza bashumbushwe. ni nyuma y’aho BBC igaragarije imwe muri izi nzu ivuga ko ikorerwamo iyicarubozo n’inzego z’umutekano. Minisitiri w’ubutabera w’u Burundi, Aimée Laurentine Kanyana yatangaje ibi nyuma y’inama […]

RDC: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza mu minsi itatu

Mu gihe habura iminsi itageze ku 10 ngo habe amatora y’umukuru w’igihugu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ubugizi bwa nabi mu gihe cyo kwiyamamaza butangiye kugenda bufata intera, aho nyuma ya Lubumbashi kuwa Kabiri ushize, ahapfuye abayoboke ba Martin Fayulu, abandi benshi bagakomereka, kuri uyu wa Kane naho i Mbuji-Mayi, ahari hategerejwe umukandida Felix […]

Sinshobora kuvugana na Diamond- uwahoze ari inshuti magara

Umwe mu bahanze  bahoze ari inshuti magara ya Diamond Platnumz,  Shetta avuga ko uko bimeze ubu ntacyo yavugana na mugenzi we uretse ikijyanye n’ubucuruzi. Aba bombi bahoze ari inshuti cyane ndetse n’imiryango yabo yari ifitanye umubano mwiza nk’uko Ghafla ibitangaza. Uyu muyobozi  Kings Empire ntiyashatse kuvuga impamvu nta wundi mubano bagirana utari uw’ubucuruzi. Ati “ […]

Nyamasheke: Mgr Rusengo ntiyiyumvisha impamvu aka karere kabanziriza utundi mu bukene

Umushumba w’itorero ry’Abangilikani, Diyoseze ya Cyangugu, Musenyeri Nathan Rusengo Amoti avuga ko hari byinshi bigikenewe gukorwa kugira ngo akarere ka Nyamasheke kave ku mwanya wa mbere mu gihugu mu dukennye cyane. Ibi yabitangaje mu birori byo gutaha urusengero rwa paruwasi ya Nyarusange ruri mu murenge wa Karengera, Akarere ka Nyamasheke, rwari rumaze imyaka 12 rwubakwa, […]

Amaherezo iyo umuturanyi akomeje kukubera mubi niwe bigaruka- Perezida Kagame

Perezida Kagame avuga ko bigoye kuba wahahirana n’ibihugu by’abaturanyi mu gihe Abanyarwanda babigeramo bagahohoterwa cyangwa se bakaburirwa irengero. Ibi Perezida wa Repubulika yabigarutseho ubwo yatangizaga ku mugaragaro Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku nshuro ya 16, kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Ukuboza 2018. Perezida Kagame avuga ko ibyo Abanyarwanda bamaze kunyuramo bigaragaza ko bafite imbaraga, […]

Burundi: Abayoboke 2 ba Amizero y’Abarundi barakekwaho gutera grenade mu rugo rw’Imbonerakure

Abarwanashyaka babiri b’ihuriro Amizero y’Abarundi batawe muri yombi n’Igipolisi cy’u Burundi nyuma y’aho kuri uyu wa gatatu mu rugo rw’umusore w’Imbonerakure muri Komini Gihanga, mu Ntara ya Bubanza, haterewe igisasu cya grenade. Nubwo aba batawe muri yombi, amakuru dukesha UbmNews aravuga ko hataramenyekana abateye iyi grenade bivugwa ko ntacyo yangije nk’uko byemezwa n’igipolisi. Hagati aho, […]

Miliyari hafi 8 za ruswa muri uyu mwaka zarigitiye mu mifuka y'abayobozi b'ibanze

Muri uyu mwaka wa 2018 miliyari 7,717,641,193 nizo zatanzwe nka ruswa mu Rwanda hose, igice kinini cy’aya mafaranga akaba yararigitiye mu mifuka y’abayobozi b’inzego z’ibanze n’abandi bagize sosiyete sivile bafite aho bahuriye no gutanga serivisi cyane cyane abikorera ndetse n’amadini, dore ko 30% bya ruswa itangwa mu gihugu irigitira mu mu mifuka y’abagize sosiyete sivile. Ibi […]

Mbarara: Abanyarwandakazi umunani biswe intasi zitwikiriye uburaya bafunzwe

Urukiko rw’ibanze ruyobowe n’umucamanza, Paul Mujuni rwakatiye igihano cyo gufungwa  ku banyarwanda umunani n’Umunyatanzaniya umwe bashinjwa ibyaha byo kuba muri Uganda no gukora ubucuruzi binyuranyije n’amategeko. Abafunzwe nk’uko inkuru ya Spyreports ibitangaza ni aba bakurikira:  France Mukeshima w’imyaka 35, Teddy Mukatwesiga  ufite 23, Florance Mukankubito ufite 27, Yatashija Matilda ufite 27, Lilian Owimana ufite 23, […]

Bashunga Abouba yatewe n'abantu bataramenyekana bangiza inzu ye ku buryo bukomeye

Mu ijoro ryo Gatatu tariki ya 12 Ukuboza 2018,  mu rugo rw’umunyezamu wa Rayon Sports Bashunga Abouba yatewe n’abantu bataramenyekana bikekwa ko bamuhoraga ko yaraye atsindishije ikipe maze bangiza inzu ye kuburyo bukomeye. Ibi bije nyuma yaho ku munsi w’ejpo tariki 12 ukuboza 2018 habaye umukino wahuje Rayon Sports  na APR FC ibitego bikarangira APR FC […]

Kampala: Hagiye kwerekanwa bwa mbere filimi ivuga kuri Jenoside yiswe 94 Terror

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 14 Ukuboza mu gihugu cya Uganda hazerekanwa bwa mbere filimi ivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yiswe 94 Terror izerekanirwa i Kampala, muri Theater La’bonita ahazaba hari n’itapi itukura izaba inyuraho ibyamamare bizajya kwihera ijisho iyi filimi. Ni filimi yashowemo amafaranga ndetse iyoborwa na Mulindwa Richard, igaruka ku mateka […]

Burundi: Zimwe mu mpunzi zari zatahutse zirimo gusubira mu buhungiro

Amakuru atandukanye ava mu Ntara ya Kirundo mu majyaruguru y’u Burundi aravuga ko impunzi nyinshi zari ziherutse guhunguka zirimo kongera guhunga igihugu. Ubuhamya bukaba buvuga ko aba Barundi bari guhunga kugirirwa nabi, gushimutwa no guhatwa ibibazo bya hato na hato kw’abahunze mu mvururu zo mu 2015. Umwe mu batanze ubuhamya wo muri Komini Busoni yagize […]

Uburanira Diane Rwigara yavuze ku bujurire bw’ubushinjacyaha bw'u Rwanda

Umunyamategeko wa Diane Rwigara, Me Buhuru Pierre  Celestin avuga ko nta bwoba biteye kuba ubushinjacyaha bw’u Rwanda buvuga ko bugiye kujuririra icyemezo cy’urukiko rukuru ruherutse  kugira umukiriya we umwere. Mu iburanisha ryo kuwa Kane tariki ya 6 Ukuboza 2018, umucamanza mu rukiko rukuru mu Rwanda yagize abere Diane Rwigara na nyina Adeline Rwigara kuko ngo […]

Uganda na Congo bicumbikiye kimwe cya kabiri cy’abakekwaho uruhare muri jenoside – Mutangana

Kimwe cya kabiri cy’abantu hafi 1000 bahunze ubutabera bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 baba muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo no muri Uganda nk’uko byemejwe n’Umushinjacyaha Mukuru, Jean Bosco Mutangana mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu. Muri iki kiganiro, Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika, […]

Iyo niyo position ya Guverinoma y’u Rwanda uwumva ari igitutsi abyumve uko ashaka — Amb. Nduhungirehe

Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Olivier Nduhungirehe, yashimangiye kuticuza ku ubutumwa yanyujije kuri twitter ye butishimiwe na Afurika y’Epfo  avuga ko uwumva ari igitutsi yabyumva uko ashaka, yongera gushimangira ko u Rwanda rudateze kuzagirana imishyikirano iyo ari yo yose na Kayumba Nyamwasa n’abandi yita abanyabyaha. Mu kiganiro yagiranye na VOA ku kibazo cy’umubano […]

U Rwanda rwamaganye itumizwa rya hato na hato rya Ambasaderi warwo muri Afurika y’Epfo

Leta y’u Rwanda itangaza ko itashimishijwe n’itumizwa rya hato na hato rya Ambasaderi wayo muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega  ku mpamvu ivuga ko itazi. Mu minsi ibiri ishize ikinyamakuru Maverick.co.za  cyatangaje inkuru ivuga ko umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo wajemo agatotsi bitewe n’ikinyamakuru cyo mu Rwanda cyitwa Rushyashya cyanditse inkuru kuri Minisitiri Sisulu  kimwita […]

RDC: Nyuma yo kugaba igitero mu Rwanda FDLR yasahuye ikigo nderabuzima iracyeza

Ikigo Nderabuzima cy’Ababatisita muri Afurika yo Hagati (CBCA) gikorera ahitwa Kibirizi muri sheferi ya Bwito, muri teritwari ya Rutshuru cyasahuwe n’inyeshyamba zitwaje intwaro benshi bemeza ko ari iz’umutwe w’Abanyarwanda wa FDLR nk’uko makuru yaturukaga muri iki gice kuri uyu wa Gatatu yavugaga Imiti yose yari muri iri vuriro, ibikoresho byo kwa muganga, birimo ibyo muri […]

Amateka yaranze imikino yahuje APR FC na Rayon Sports

Ikipe ya Rayon Sports yavukiye i Mwima na Mushirarungu mu karere ka Nyanza mu kwaka wa 1964, APR FC ikipe y’ingabo z’igihugu yavukiye ku Murindi wa Byumba mu mwaka wa 1993, umukino w’aya makipe, usanga igihe cyose uba witezwe na benshi. APR FC  ivuka, Rayon sports yari isanzwe itwara ibikombe mu Rwanda, APR FC yaje […]

Perezida Museveni yasabye Perezida Nkurunziza kwemera gushyikirana n’abagerageje kumuhirika

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yasubije Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza amubwira ko akeneye kwicarana ku meza n’abatavuga rumwe na bo bagacira inzira nshya igihugu cyabo. Perezida Pierre Nkurunziza yari yandikiye mugenzi we wa Uganda akaba na Chairman wa EAC ko atazicarana n’abagerageje kumuhirika ku butegetsi mu 2015. Mu ibaruwa yo kumusubiza yamwandikiye Chimpreports yabashije […]

Perezida Kabila yatutse abamushinja kwikubira ibirombe by’amabuye y’agaciro

Perezida Joseph Kabila wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo akaba yitegura kurekura ubutegetsi mu mwaka utaha, yamaganye ibirego by’abashinja umuryango we kwigarurira ibirombe by’amabuye y’agaciro y’igihugu ndetse ntiyatinya kuvuga ko ibyo bavuga ari ubucucu kuko nta bimenyetso bashobora gutanga. Perezida Joseph Kabila yahaye umukoro abo bamushinja we n’umuryango we kungukira akayabo muri ubu bucukuzi bw’amabuye […]

Perezida Kagame agiye kwikurikiranira ikibazo cy’itinda rya Buruse

Perezida Paul Kagame avuga ko agiye kwikurikiranira ikibazo kimaze gushinga umuzi cy’itinda ry’amafaranga ya Buruse agenerwa gufasha abanyeshuri biga muri Kaminuza y’u Rwanda. Perezida Kagame yagarutse kuri iki kibazo kuri uyu wa 12 Ukuboza 2018, ubwo yitabiraga ihuriro ry’urubyiruko ryabereye i Rusororo mu karere ka Gasabo, mu cyumba (Intare Conference Arena),  ubwo umwe mu banyeshuri […]

Zari yahishuye urwibutso yasigiwe na nyakwigendera Semwanga

Uwahoze ari umugore wa Diamond Platnumz, Zari Hassan yifurije isabukuru uwo babyaranye abana batatu, Ivan Semwanga avuga ko yumva igihe cyose baba bari kumwe kandi ko yamusigiye urwibutso rw’abana batatu babyaranye. Abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram, Zari yifurije isabukuru umugabo we kuri ubu wakabaye yujuje imyaka 41 y’amavuko. Ati “ Uyu munsi wakabaye wujuje […]

U Rwanda rwasubije iwabo Abarobyi bafatiwe muri Rweru barenze amazi y’u Burundi

Abarundi bane bari baherutse gufatwa n’ingabo z’u Rwanda zirwanira mu mazi zarenze amazi y’u Burundi mu Kiyaga cya Rweru, kuri uyu wa Mbere, itariki 10 Ukuboza basubijwe mu gihugu cyabo bari kumwe n’abandi Barundi bafatiwe mu Rwanda mbere y’aba. Aba Barundi uko ari bane bafatiwe mu Kiyaga cya Rweru binjiye mu mazi y’u Rwanda bashyikirijwe […]

Byose  byatangijwe na Nduhungirehe- Umuvugizi wa Minisitiri Sisulu

Umuvugizi wa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo, Ndibhuwo Mabaya avuga ko kuvuga ko u Rwanda rwatutse minisitiri Nonceba Lindiwe Sisulu byatewe ahanini n’Umunyamabaganga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe. Mu minsi ibiri ishize ikinyamakuru Maverick.co.za  cyatangaje inkuru kivuga ko hajemo agatotsi bitewe n’ikinyamakuru cyo mu Rwanda cyitwa Rushyashya cyanditse inkuru kuri […]

Byinshi wamenya kuri Twagirayezu Wenceslas, n’uruhare ashinjwa kugira muri jenoside

Umunyarwanda Twagirayezu Wenceslas yagejejwe mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa 11 Ukuboza 2018, yakirwa n’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe iperereza (RIB), Leta ya Danemark ikaba imwohereje mu Rwanda aho agiye gukurikiranwa n’inkiko ku cyaha cya Jenoside ashinjwa kuba yarakoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, bugaragaza ko Twagirayezu ari mwene Semugeshi Nasson na Ntawukazi Rose, wavutse mu 1967 […]

Mu basaga 600.000 barwaye hepatit c mu Rwanda, 700 gusa ni bo bamaze gufata imiti

Nyuma y’aho Ministeri y’ubuzima itangarije ko ubushakashatsi yakoze ku ndwara ya Hepatite C mu Rwanda, bwagaragaje ko 5% by’abaturage basaga ibihumbi 600.000 barwaye iyi ndwara,  abagera kuri 700 gusa ni bo bamaze gufata imiti yayo. Ubushakashatsi bwa Minisiteri y’ubuzima bugaragaza ko imibare y’abanduye iyi ndwara mu Rwanda igenda izamuka uko bwije nuko bukeye, kuko ubwari […]