Ese ujya urota ukora imibonano mpuzabitsina? Iyo ukangutse ubyitwaramo ute?

Kurota ni ibisanzwe ku kiremwa cyose, ariko hari inzozi urota bwacya ukibaza impamvu yazo bikakuyobera. Benshi iyo barota bakora imibonano mpuzabitsina, iyo bageze aho bumva biryoshye cyane bahita bakanguka, rimwe na rimwe akifuza kongera gusinzira ngo asubire muri ubwo buryohe bikanga. Igitabo LOVE SPELLS cyanditswe na Marianne Vicelich kivuga ko ushobora kurota ukora imibonano mpuzabitsina […]

Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015

Impunzi z’Abarundi zahungiye mu Rwanda guhera kuri uyu wa  Mbere ushize11 Ukuboza zatangiye igikorwa cyo kwibuka ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 no kuwa 12 Ukuboza 2015. Ni muri urwo rwego izi mpunzi zateguye ibikorwa bitandukanye bya siporo nk’imikino y’umupira w’amaguru yahuje impunzi zo mu turere dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali. Nk’uko bitangazwa na komite yateguye […]

Kenya: Umugabo yarongoreye rimwe abagore babiri- AMAFOTO

Umugabo utatangajwe amazina w’i Kisaju, mu gace ka Kajiado, muri Kenya, yasezeranye n’abagore babiri umunsi umwe, kubana nabo akaramata. Mu ikositimu y’ubururu, ishati y’umwe n’inkweto, uyu mugabaro yari hagati y’abagore babiri, nabo bambaye amavara yera, imbere yabo hari abana b’ibitsina byombi babambariye. Nk’uko ikinyamakuru Tuko cyo muri Kenya kibitangaza, ngo ubu bukwe bwatangaje benshi ndetse […]

RDC: Umukandida Fayulu n’abayoboke be bahuriye n’akaga i Lubumbashi

Igipolisi cya Congo kuri uyu wa Kabiri, itariki 11 Ukuboza cyatatanyije abayoboke b’ihuriro Lamuka bari bagiye kwakira umukandida Martin Fayulu I Lubumbashi, aho uyu mukandida yagombaga kwiyamamariza muri uyu murwa mukuru wa Haut-Katanga. Abagera kuri babiri bishwe abandi basaga 40 barakomereka. Ababonye uko ibintu byagenze babwiye Radio Okapi dukesha iyi nkuru ko inzira Martin Fayulu […]

Brazil: Abantu bane biciwe mu kiliziya barashwe

Umuntu yitwaje imbunda mu gihugu cya Brazil kuri uyu wa kabiri, itariki 11 Ukuboza yarasiye abantu muri Cathedral y’i Campinas, yica abantu bane akomeretsa abandi bane imbere yuko yiyica. Abayobozi b’iyi cathedral kimwe n’igipolisi bose bavuga ko batazi imyirondoro y’uyu mugabo warashe ndetse nicyamuteye gukora ubu bwicanyi. Umujyi wa Campinas muri Brazil uherereye mu bilometero […]

Umushinga wa gari ya moshi hagati y’u Rwanda na Tanzania  wigijwe inyuma

Umushinga wa gariyamoshi hagati y’u Rwanda na Tanzania wabaye usubitswe mu gihe gito  bitewe n’amikoro yabaye iyanga ndetse  n’imyiteguro idashamaje. Iki ni icyemezo cyafatiwe mu nama ya kane yo ku wa Kane w’icyumweru gishize  yigaga ku ishyirwa mu bikorwa  ry’umushinga wa gari ya moshi yahuje Minisitiri w’Ibikorwa remezo w’u Rwanda, Gatete Claver na mugenzi we […]

Rusizi: Barasaba ko kurwanya ruswa n’akarengane byakwigishwa nk’isomo mu mashuri

Bamwe mu baturage b’akarere ka Rusizi bavuga ko mu rwego rwo guca burundu ruswa n’akarengane, byaba byiza byigishijwe uhereye mu bana bato bo mu mashuri abanza, bakabyiga nk’isomo. Uretse kumenyesha abaturage itegeko rishya rijyanye no kurwanya ruswa n’akarengane banamenye uburenganzira bwabo, hateguwe umukino w’umupira w’amaguru mu mirenge yose, urubyiruko rwitabira ku bwinshi runahabwa izi nyigisho. Iki […]

AMAFOTO: Perezida Paul Kagame yongeye kugaragara mu mpuzankano za Gisirikare

Imyaka yari ibaye 18, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame atagaragara mu mpuzankano za Gisirikare, kuva aho yabereye Perezida w’u Rwanda mu mwaka wa 2000. Yaherukaga kuyigaragaramo ubwo yari Visi Perezida akaba na Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, hagati y’umwaka wa 1994 n’uwa 2000. Uyu munsi, aho yakurikiranaga imyitozo ya Gisirikare mu kigo cya Gisirikare cya Gabiro, […]

Abavuga ko umugore wanjye andusha imyaka 10 barabeshya- Bahati

Umuhanzi wo muri Kenya uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Bahati, avuga ko umugore we amurusha imyaka ibiri aho kuba 10. Kevin Bahati yashakanye na Diana Marua umwaka ushize, nyuma y’ubukwe bwabo, amakuru yagiye akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga ko uyu muhanzi yarongoye umugore umurusha imyaka myinshi. Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Viusasa, Bahati yavuze ko […]

Inyeshyamba zo muri Uganda zishe abantu icumi zibaciye imitwe

Inyeshyamba za ADF zo muri Uganda zishe abaturage ba Congo- Kinshasa  10 zibaciye umutwe mu Mujyi wa Oicha uri mu birometero 35 werekeza mu Majyaruguru ya Beni. Abishwe ni abagore babiri n’abagabo umunani bo mu duce twa Tenambo, Mabasele na Mbimbi. Aba bishwe hifashishijwe ibyuma, imbunda n’akandoyi nk’uko Spyreports ibitangaza. Mu minsi ishize ADF yagiye […]

Kasai: Umunyamabanga w’ihuriro rya Katumbi yasabiye amajwi umukandida badashyigikiye

Umunyamabanga Mukuru w’ihuriro rya Moise Katumbi ryitwa ‘Ensemble’ kuri uyu wa Mbere, itariki 10 Ukuboza yakoze agashya ahamagarira abaturage ba Kananga muri Kasai kuzatora umukandida, Felix Tshisekedi, mu gihe iri huriro rifite undi mukandida wiitwa Martin Fayulu. Ubwo yafataga ijambo imbere y’imbaga y’abaturage bari bagiye kumva imigabo n’imigambi ya Felix Tshisekedi aha muri Kananga kuri […]

Kujya impaka ku bapfubuzi ni ukuvuga ku bihuha- Dr Kayumba anenga abadepite

Umusesenguzi akaba n’impuguke muri politiki mpuzamahanga, Dr Christopher Kayumba anenga abadepite bo mu Rwanda bifashe bakazamura ikiganiro mpaka  ku bapfubuzi nta n’imibare bafite bamurikira Abanyarwanda bityo ngo ibi bikaba byafatwa nk’ibihuha. Mu nama nyunguranabitekerezo yahuje abayobozi b’inzego za Leta n’abafatanyabikorwa bayo yabereye mu cyumba cy’Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa 6 Ukuboza 2018, yigaga ku […]

Bimwe mu bintu bishobora kongera gusenya EAC nk’uko byagenze mu 1977

Kutabona ibintu kimwe kw’abayobozi n’amakimbirane ashingiye ku nyungu z’igihugu bisa nk’ibigiye kongera gusenya umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) nko mu 1977 nk’uko ababikurikiranira hafi basobanukiwe politiki yo mu karere babyemeza. Kuwa 30 Ugushyingo hari hateganyijwe inama ya 20 y’abakuru b’ibihugu bigize EAC iza kutaba bitewe n’uko u Burundi bwanze kuyitabira bunarakazwa n’uko chairman w’uyu muryango, Yoweri […]

‘Ndi Umunyarwanda' ni urugendo rugomba guhuzwa n’inkingi z’urugamba rwo Kwibohora- Hon. Makuza

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Makuza Bernard avuga ko intego ya Ndi Umunyarwanda ari ugushyira Abanyarwanda hamwe, ubumwe bwabo bukaba igihango n’ishingiro ry’agaciro biyumvamo, bityo ko ari n’urugendo rugomba guhuzwa n’inkingi z’urugamba rwo kwibohora. Ibi Hon. Makuza yabivuze mu kiganiro cya ‘Ndi Umunyarwanda’ ku rwego rwa Sena, cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 […]

Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo, niwe muyobozi wo muri Afurika wa mbere ukurikirwa n’abantu benshi ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, agakurikirwa na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame nk’uko byemezwa n’ikigo Burson Cohn &Wolfe. Ibi bishingiye ku nyigo nshya ya 2018 y’abayobozi b’Isi kuri Instagram iherutse gushyirwa ahagaragara n’iki kigo cy’itumanaho cya BCW (Burson Cohn &Wolfe) […]

RDC: Ubumwe bw’u Burayi bwagumishijeho ibihano bwafatiye umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kuri uyu wa Mbere, itariki 10 Ukuboza wagumishijeho ibihano wafatiye umukandida Emmanuel Ramazani Shadary, uzahagararira ishyaka riri ku butegetsi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyyijwe mu mpera z’icyumweru gitaha. Ni ibihano bireba abandi bayobozi bakuru b’igihugu 13. Amakuru Ijwi ry’Amerika rikesha ibiro ntaramakuru by’Abongereza  Reuters,  avuga […]

Ubuhamya bw’umukobwa wa  Frank Rusagara nyuma y'ifungwa rya se

Komisiyo ishinzwe uburenganzira bwa muntu mu nteko ishinga amategeko ya Amerika kuwa  Kabiri, tariki 04 Ukuboza 2018 yateze amatwi ikiganiro kigaruka ku burenganzira bwa muntu mu Rwanda aho umukobwa wa  Rusagara, Veronica Shandari yari mu batanze ikiganiro. Mu kiganiro kirekire Shandari yatanze muri Tom Lantos Human Rights Commission (TLHRC), yagarutse  ahanini ku mateka ya se […]

Ibihe byankomereye mu buzima, ni igihe papa yapfaga- C. Ronaldo

Icyamamare muri ruhago, Cristiano Ronaldo avuga ko ubuzima bwamukomereye mu mwaka wa 2005 ubwo se yari amaze kuva ku Isi ya rurema. Mu kiganiro kirambuye Ronaldo yagiranye n’ikinyamakuru Gazzetta mu mpera z’icyumweru gishize, yatangaje ko ubuzima bumeze neza mu ikipe ya Juventus nyuma y’amezi agera kuri atanu ahamaze. Yagize ati “Ndanezerewe, Umujyi urashamaje, abaterankunga ni […]

Kenya: Umupadiri yishwe azira amaturo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 10 Ukuboza umupadiri wo mu gihugu cya Kenya yishwe arashwe n’agatsiko k’amabandi yahise aburirwa irengero acikanye amaturo yari yatanzwe ku Cyumweru uyu mupadiri yari agiye kubitsa muri banki. Nk’uko byatangajwe n’umuuyobozi w’igipolisi ahitwa Kiambu witwa Adiel Nyange, ngo Padiri John Njoroge wo kuri Paruwasi ya Kinoo muri […]

Impunzi z’Abarundi zahungiye mu Rwanda zikomeje kugaragaraho ihungabana

Impunzi z’Abarundi zisaga 100 zahungiye mu Rwanda ngo zaba zugarijwe n’ikibazo cy’ihungabana zikaba zihabwa ubufasha mu kigo cy’I Kigali kizobereye ibijyanye no guhangana n’ibibazo by’ihungabana. Iki kigo nyafurika giharanira amahoro, ubwiyunge n’iterambere rirambye (RAPRED Girubuntu) cyatangijwe muri Nyakanga ngo cyite byihariye kuri aba Barundi bahungabanyijwe n’ibibazo byo mu 2015. Cyashinzwe n’Umunyarwanda, Padiri Innocent Rugaragu wo […]

Rusizi: Hafashwe imitego itemewe ya Kaningini mu kiyaga cya Kivu

Mu kiyaga cya kivu haracyagaragara bamwe  mu barobyi bitwikira ijoro bagakoresha imitego izwi nka ‘Kaningini’ itera igihombo ku iyororoka ry’amafi n’ibiyakomokaho. Umwe mu bashinzwe kugenzura ko iyi mitego itinjira ku ruhande rw’u Rwanda muri iki kiyaga, yavuze ko hari hashize amezi hafi umunani imitego nk’iyi idafatwa, bityo ko iki kibazo kidahagurukiwe mu minsi mike ingaruka […]

Dr. Mukwege avuga ko amatora yo muri Congo ashobora kuzakurikirwa n’intambara

Umunye-Congo, Dr Denis Mukwege uherutse guhabwa igihembo kitiriwe Nobel, avuga ko afite amakenga ko intambara ishobora kuzarota nyuma y’amatora ateganyijwe mu gihugu cyabo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Dr Mukwege ubwo yari i Oslo muri NorvĂšge, akaba yaravuze ko aya matora ashobora kuzaba ariko ikibazo kikavuka bamwe banze kwemera ibyavuyemo. Yagize ati “Mfite umutima uhagaze […]

Burundi: Agatsiko k’abitwaje imbunda kagabye igitero ku isoko gasahura iduka ry’Imbonerakure

Ahitwa Mutaho, mu Ntara ya Gitega, mu Burundi rwagati kuri uyu wa Mbere hagabwe igitero cy’abantu bitwaje ibirwanisho Imbonerakure n’abashinzwe umutekano bazwi nk’abasekirite bari hafi aho barahunga abateye basiga basahuye. Nk’uko bitangazwa n’ababibonye, ngo agatsiko k’abantu bane bitwaje imbunda kateye isoko ahagana saa munani z’ijoro kuri uyu wa Mbere ushize. Nyuma yo kurasa amasasu menshi, […]

Rwamagana :Yafashwe yiyita umupolisi, anambura umuturage

Ndayisaba w’imyaka 27, umuturage wo mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Kigabiro ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 09 Ukuboza yafashwe yiyita umupolisi ndetse anasaba Nkundabarama Jean de Dieu amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 kugirango afungure murumuna we. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Chief Inspector of Police (CIP) Theobald Kanamugire avuga ko Nkundabarama […]

Museveni ni we soko ya ruswa yashinze imizi- Bobi Wine

Umudepite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine avuga ko Perezida Museveni Kaguta ari we mvo n’imvano ya ruswa yashinze imizi  mu gihugu cya Uganda. Ibi yabitangaje mu itangazo  yashyize ahagaragara mbere y’uko Museveni ageza ijambo ku banyayuganda ku buryo bushya bwo guhangana na ruswa bugiye kujyaho mu gihugu cya Uganda.  Kyagulanyi avuga ko Museveni ari […]

Min. Shyaka yobonanye na ba gitifu b’imirenge 416, mu masaha ane havuga bane

Ubwo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase yahuraga n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge yose harimo n’abakuriye DASSO kuri buri Karere, ba Gitifu bane gusa na DASSO babiri nibo batashye bavuze. Ingingo zigamije kurebera hamwe uburyo bwo guteza Abanyarwanda imbere hakoreshejwe amahirwe ahari nizo zaganiriweho muri iyi nama bise « nyunguranabitekerezo ngarukamwaka Ibiganiro binyuranye byatanzwe n’abashinzwe ubugenzuzi bw’imari, ikigo […]

Bimwe mu byo abantu banyuranye bavugakuri ruswa, n’icyo itegeko riteganya

Icyumweru cyo kurwanya ruswa n’akarengane kirasozwa ejo tariki ya 9 Ukuboza, nyamara benshi ku ntero ya minisitiri w’ubutabera Busingye Jonston bashaka ko yajya irwanywa ibyumweru 52 mu mwaka. Ni mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ibiganiro byaberaga ku kicaro cya polisi y’igihugu ku Kacyiru byahuzaga polisi n’abafatanyabikorwa bayo mu kurwanya ruswa n’akaregane. Wari umwanya wo […]

Byinshi wamenya kuri Dr. Munyemana ugiye gukurikiranwa n’inkiko z’u Bufaransa

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) itangaza ko yishimiye icyemezo Ubutabera bw’Ubufaransa bwafashe  cyo kugeza umunyarwanda, Dr Munyemana SosthĂšne, ushinjwa icyaha cya jenoside, imbere y’Umucamanza. Mu itangazo ryashyizwe hanze na CNLG, rikanashyirwaho umukono n’umunyamabanga Nshingwabikorwa wayo, Bizimana Jean Damascene , ivuga ko Dr Munyemana SosthĂšne wahawe akazina k’akabyiniriro k’Umubazi wa Tumba “le boucher de Tumba” yagize uruhare rukomeye muri Jenoside […]

Umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo wajemo  akandi gatotsi

Umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo byari byitezweko ushobora gutsurwa mu minsi iri imbere wajemo agatotsi bitewe n’icyo Afurika y’Epfo yise ibitutsi n’amagambo ashotorana yibasira Minisitiri wayo w’Ububanyi n’Amahanga, Lindiwe Nonceba Sisulu. Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa  20 Ugushyingo, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera  yemeje ko biteganyijwe ko azahura na mugenzi […]

Ntuzahore umugabo kuguca inyuma- Huddah Monroe uvuga ko akijijwe n’igitsina cye

Umunya-kenyakazi uzwi ku izina rya Huddah Monroe aragira inama abagore kwirinda gushwana n’abagabo babo ngo ni uko babaciye inyuma, ahubwo ko byabaho mu gihe batabasha gushaka amafaranga. Huddah ni umukobwa uzwiho cyane gutangaza amagambo akavugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, rimwe na rimwe akitwa indaya n’ibindi bitandukanye. Huddah Monroe, yakunze kwigamba ko imitungo afite ayikesha igitsina […]

Icyo Umunyamabanga Mukuru wa EAC Mfumukeko avuga ku bibazo by’u Rwanda n’u Burundi

Umunyamabanga Mukuru  w’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) akaba n’Umurundi, LibĂ©rat Mfumukeko avuga ko hari icyizere ko umubano w’u Rwanda n’Uburundi uzamera neza. Uburundi buherutse kwandikira Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni akaba n’Umuyobozi wa EAC muri iki gihe bumusaba ko haba inama idasanzwe y’uyu muryango yo kurangiza umwuka mubi uri hagati y’iki gihugu n’u […]

Amashirakinyoma ku isenyuka ry'urugo rwa Miss Aurore na Egide

Kuva Tariki 8 Ukuboza 2018, mu binyamakuru bitandukanye hasakaye inkuru ivuga ku itandukana rya Miss Aurore na Egide bamaze igihe kirekire bakundana biturutse ku kuba Egide yarasibye amafoto yose ya Aurore ku rubuga rwa Instagram ye ndetse akaba atanakimukurikira(Follow) gusa nyuma y’ibi byaje kugaragara ko aya makuru ari ibinyoma. Impamvu yibi byose Mutesi Aurore wabaye […]

RDC: Uwacitse inyeshyamba zikomoka muri Uganda aravuga uko zishe bagenzi be

Umwe mu baturage bo muri Teritwari ya Beni, Intara ya Kivu y’Amajyepfo, witwa Kambale Mitavo w’imyaka 35 y’amavuko, atanga ubuhamya bw’uburyo abaturage bakomeje kwicwa umusubirizo n’inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda. Uyu mutangabuhamya waganiriye n’ikinyamakuru cyo muri Congo, ActualiteCD, avuga ko izi nyeshyamba zigaba ibitero mu ngo z’abaturage zikica uwo zishatse, zarangiza zigasahura, zikikoreza abaturage, […]

Uganda: Ibinyamakuru biranengwa ku bw’inyito yakoreshejwe ku bakobwa b’Abanyarwanda

Abarambye mu mwuga w’itangazamakuru mu gihugu cya Uganda bakomeje  kunenga ibinyamakuru binyuranye byanditse ko abakobwa b’Abanyarwanda babaye imari ishyushye mu Karere ka Mityana. Bamwe muri aba banyamakuru bavuga ko iyi nyito imeze nk’igitutsi kandi ko  amahame y’umwuga yirengagijwe hagamijwe ubushotoranyi. Umwe muri bo uataratangajwe amazina ariko ko ngo akaba akorera ikinyamakuru cyo mu karere   yabwiye […]

Busasamana: Abakekwa kuba FDLR bagabye igitero bane bahasiga ubuzima

Ijoro ryo kuri iki Cyumweru rishyira iryo ku wa Mbere tariki ya 10 Ukuboza 2018, urusaku rw’amasasu rwumvikanye mu mudugudu wa Kamamabuye, Akagari ka Rusura, umurenge wa Busasamana, mu Karere ka Rubavu. Bitangazwa ko ari abantu bitwaje intwaro bikekwa ko baturutse muri Congo bahagabye igitero bagakozanyaho n’ingabo z’u Rwanda, bamwe bakahasiga ubuzima. Umwe mu baturage […]

Nyamasheke: Amb.Jenny Ohlsson arizeza urubyiruko n’abagore isoko ry’ibyo bakora

Mu rwego rwo  gushakira imibereho myiza abagore n’urubyiruko barenga 2000 mu turere twa Rusizi na Nyamasheke, bafashijwe n’umushinga ‘CORE project’, Ambasade ya Suwede mu Rwanda irabizeza ubufasha bw’isoko ry’ibikorwa byabo. Uru rubyiruko n’abagore bafashijwe guhanga imirimo y’ubukorikori bunyuranye burimo gukora inkweto, ibikapu, amasakoshi, imikandara, ubudozi, ububumbyi, ububoshyi n’ibindi, hakaba n’andi makoperative y’aborozi yafashijwe gutunganya amata […]

Padiri Nahimana Thomas yongeye gutangaza ko ari mu nzira igana i Kigali

Nahimana Thomas wahoze ari Padiri akaza kwiyambura inshingano muri Kiliziya akayoboka Politiki, by’umwihariko atavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, yatangaje ko agiye kongera kwegura ivarisi akerekeza i Kigali. Nahimana Thomas ni umunyapolitiki w’imyaka 47 y’amavuko akaba aba mu Bufaransa ari naho akinira politiki ku ruhande rw’abarwanya Leta y’u Rwanda. Mu Ugushyingo 2016, ubwo yari ategerejwe […]

Madamu Jeannette Kagame yasangiye Noheli n’ abana basaga 200- AMAFOTO

Madamu Jeannette Kagame yasangiye n’abana basaga 200 baturutse hirya no hino mu gihugu umunsi mukuru wa Noheli, mu gihe umwaka wa 2018, uri ku musozo hasatirwa umwaka mushya wa 2019 . Ni umuhango wabaye kuri iki cyumweru tariki ya 9 Ukuboza 2018, muri Village Urugwiro. Akaba yakiriye abana b’ingeri zose, aho babanje kwidagadura nyuma hakurikiraho […]

Jose Mourinho arishimye cyane kandi ikipe nayo iramwishimiye-Jorge Mendes

Umunya-Portugal, Jorge Mendes  uhagarariye umutoza Jose Mourinho wa Manchester United yavuze ko uyu mutoza “yishimye cyane” kandi “ashishikajwe n’umutima we wose no gutoza iyi kipe. Yatangaje ibi mu gihe muri uyu mwaka w’imikino, ahazaza ha Mourinho muri iyi kipe hakomeje kwibazwaho, mu gihe iyi kipe ubu iri ku mwanya wa Gatandatu ku rutonde rw’agateganyo rwa […]

Turacyafite imbogamizi mu gukurikirana ibyaha byo gusambanya abana- Muhongerwa Agnes

Umuyobozi w’Ishami Rikurikirana Amadosiye y’Ibyaha by’Ihohoterwa Rishingiye ku Gitsina mu Bushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda, Muhongerwa Agnes avuga ko nubwo Leta ishyira imbaraga mu guhana abasambanya abana, hakiri imbogamizi z’abantu bahishira ababikora. Ibi madamu Muhongera yabivuze mu kiganiro ‘Dusangire Ijambo’ kuri Radio na Televiziyo by’u Rwanda, kuri iki Cyumweru tariki ya 9 Ukuboza 2018. Ikiganiro cyagarukaga […]

Yashyizwe ikintu mu myanya y’ibanga, yangirwa  kubagwa  kuko atishyuye amashilingi 250,000

Umuganga utatangajwe amazina wo  mu bitaro bya Jinja muri Uganda yanze kuvura umurwayi wa kanseri y’ubwonko, Night Nakwanga bitewe n’uko atishyuye ibihumbi 250,000 by’amashilingi ahubwo amushyira ikintu mu myanya y’ibanga. Umurwaza w’uyu murwayi,  Gloria yatangarije Dailymonitor dukesha iyi nkuru ko  Nakwanga yari kuri lisiti y’abari bubagwe kandi ko yari yageze mu cyumba yari bufashirizwemo gusa […]

E.U mu nzira zo gukomeza ibihano ku Banyekongo barimo umukandida Emmanuel Shadary

Mu gihe Inama y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga ba E.U kuri uyu wa Mbere, itariki 10 Ukuboza itegerejweho kwemeza gukomeza ibihano byafatiwe abayobozi 16 ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ubusabe bwo kugumishaho ibi bihano bukomeje kwiyongera. Mu bantu 16 barebwa n’ibi bihano harimo Emmanuel Ramazani Shadary, w’ishyaka PPRD riri ku butegetsi  n’uruhande rushyigikiye ubutegetsi bwa perezida […]

Uriya mukobwa ageze igihe cyo kurongorwa- Nyina wa Diamond

Nyina wa Diamond Platnumz Sanura Sandra avuga ko ashyigiye ko umuhungu we Diamond Platnumz arongora umukobwa witwa Tanasha Donna kuko ngo amukwiriye kandi akaba ageze mu myaka yo kurongorwa. Uyu mubyeyi yumvikanye kenshi arwanya ko umuhungu we yashyingiranwa na Hamissa Mobetto gusa kuri iyi nshuro yavuye ku izima. Mu kiganiro n’ikinyamakuru Risasi cyo muri Tanzaniya, […]

Burundi: Imbonerakure zaririmbye ko ziteguye kwinjira i Kigali

Mu gihugu cy’u Burundi kuri uyu wa Gatandatu, itariki 08 Ukuboza, mu bice bitandukanye hateguwe imyigaragambyo yo kwamagana Pierre Buyoya, Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe ndetse na Perezida w’u Rwanda. Muri Kirundo hakaba hagaragaye imbonerakure zagendaga zivuga ko ziteguye kwinjira Kigali zigafata Perezida w’u Rwanda Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu nibwo […]

Rio Ferdinand arasaba kwigana imyigaragambyo yamagana ivangura nk’iherutse muri Amerika

Nyuma y’aho umukinnyi Raheem Sterling yibasiwe n’abafana kubera ibara ry’uruhu rwe kuri uyu wa Gatandatu mu mukino ikipe ye ya Man. City yatsinzemo Chelsea 2-0, Rio Ferdinand wakiniye Man. Utd asanga mu Bwongereza bakwiye kwigana imyigaragambyo nk’iya NFL (National Football League) yo muri Amerika mu kwamagana ivangura rishingiye ku ruhu ryongeye kwigaragaza ku bibuga byo […]

Inkiko zo mu Rwanda zirigenga mu guhamya no guhanaguraho ibyaha-Min. Sezibera

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera, atangaza ko abantu badakwiye kwibaza cyane ku kuba abo kwa Rwigara barahanaguweho ibyaha n’inkiko zo mu gihugu cye kuko ngo izo nkiko zigenga mu guhamya no guhanaguraho ibyaha. Ni nyuma y’aho mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Ukuboza 2018, umucamanza mu rukiko rukuru […]

Ntwite umukobwa none umugabo wanjye yirirwa avuga ko yatemeje- NKORE IKI?

Muraho, mumbabarire, ndirinda kuvuga amazina yanjye, ndi umugore mfite abana babiri nkaba mfite inda y’umwana wa Gatatu ariko umugabo wanjye ntabwo yayishimiye kuko yifuzaga ko twabyara umuhungu. Imyaka igera kuri 13 ishize mbana n’umugabo wanjye, twabaye dusezeranye hose,  dufitanye abana babiri b’abakobwa. Umwe yiga mu mwaka wa kane muri pirimeri, undi ari muri garidiyeni. Ubwo […]

RDC: Urunturuntu mu nyeshyamba za Gumino zikorana n’iza Kayumba

Umutwe w’inyeshyamba wa Gumino ugizwe n’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge, bivugwa ko ukorana bya hafi n’abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa watandukanye n’inyeshyamba z’Abarundi bakoranaga zagiye kwifatanya n’umutwe wa Mai-Mai Yakutumba. Biravugwa ko uyu mutwe wa Gumino ukorana n’abarwanyi b’Umunyarwanda, Kayumba Nyamwasa ubarizwa mu buhungiro muri Afurika y’Epfo. Amakuru agera kuri SosMediasBurundi dukesha iyi nkuru aravuga ko […]

Kurwanya ruswa bikwiye kuba umuco, ahari ruswa abaturage bahora barakariye leta – Busingye

Minisitiri w’ubutabere akaba n’intumwa nkuru ya Leta Busingye Johnston yibukije ko kurwanya ruswa n’akarengane ari inshingano y’inzego nkuru z’igihugu kugera ku z’ibanze kugira ngo isano iri hagati ya leta n’umuturage ikomeze ishinge imizi. Ibi byatangajwe mu kiganiro nyunguranabitekerezo kigamije kurebera hamwe icyakorwa kugira ngo ruswa n’ibisigisigi byabo bicike, Polisi yagiranye n’abafatanyabikorwa bayo muri gahunda cy’icyumweru […]

Paris: Imyigaragambyo ikaze ya Gilets Jaunes imbere ya perezidansi

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 08 Ukuboza imyigaragambyo ikomeye yamagana izamuka ry’ibiciro mu Bufaransa yongeye kubura, igipolisi gikoresha ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abari mu myigaragambyo bigaragambirizaga imbere y’ingoro y’umukuru w’igihugu. Abigaragambya baramagana gahunda ya Perezida Emmanuel Macron yo kuzamura ibiciro ku bikomoka kuri peteroli. Laurent Nunez, wungirije ministiri w’umutekano mu gihugu yavuze ko […]

Ruswa ivuza ubuhuha hagati ya Perezida Museveni, Minisitiri Kutesa n’Abashinwa

Akanama k’abanyamategeko ko mu Mujyi wa Newyork muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kahamije umuyobozi w’umuryango utegamiye kuri Leta ( CEFC NGO) , Chi Ping Patrick Ho ibyaha birindwi birimo ibya ruswa y’amamiliaridi y’umurengera w’amadolari yagiye aha ababobozi ba Uganda barimo Perezida Museveni na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sam Kutesa. Ibi byatangajwe n’Umushinjacyaha Mukuru Wungirije w’igice […]

Kirehe yaje ku isonga mu kurwanya ruswa, mu gihe hari uturere 12 tutigeze dushyikiriza raporo n’imwe

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 8 Ukuboza, urwego rw’umuvunyi rwashyikirije ibihembo uturere twashyize mu bikorwa ingamba zo kurwanya ruswa n’akarengane, maze kirehe iza ku isonga, mu gihe hari uturere 12 two tutigeze dushyikiriza raporo n’imwe uru rwego. Ni mu muhango wo gusoza ibiganiro byaberaga ku kicaro cya polisi y’igihugu ku Kacyiru byahuzaga polisi n’abafatanyabikorwa […]

Nyamasheke: Urubyiruko rworojwe inkoko rwabuze isoko ry’umusaruro w’amagi

Urubyiruko rwo mu mirenge yose uko ari 15 y’akarere ka Nyamasheke rwarangije ayisumbuye rukorozwa inkoko na MINAGRI ku bufatanye n’akarere ka Nyamasheke mu rwego rwo kururinda ubushomeri no kurufasha kwiteza imbere, rurataka igohombo ruterwa n’uko umushoramari waruguriraga amagi yifashe rukaba rwarabuze ahandi ruyagurisha. Nk’uko rubivuga, ngo nyuma yo korozwa inkoko rwakoze ibishoboka byose ruzibyaza umusaruro […]

Kuri iki cyumweru Itorero Inyamibwa ryateguye igitaramo gikomeye rizerekanamo umukino bise rw'Imitana

Itorero Inyamibwa ndangamuco ry’Umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi AERG ryateguye igitaramo ngaruka mwaka bise Inkera i Rwanda rizerekaniramo umukino bise rw’Imitana. Iki gitaramo kizaba kuri iki cyumweru tariki 09/12/2018 kibere mu ihema rinini ry’ahahoze hitwa Camp Kigali, KCEV (Kigali Cultural Exhibition Village). Munyaneza Landry umuyobozi w’Itorero Inyamibwa yatangaje ko bageze kure imyiteguro y’iki gitaramo […]

US :Umukobwa yakoze ubukwe na Yezu Kristu nyuma yuko imyaka imubanye myinshi nta mugabo

Jessica Hayes yaguze ikanzu y’abageni , agatimba n’impeta. Ariko yagiye mu kiliziya nta mugabo bari bahagararanye, ahubwo we yavuze ko ashatse kubakana na Yezu Kristu. Hayes w’imyaka 41 umaze imyaka 18 ari umwalimu, yavuze ko yafashe icyemezo ubwo yari amaze kurenza  imyaka 36 muri 2013, ni isugi yihebeye Imana – umuhamagaro ukunzwe gusangwa mu bagore […]

Abakobwa b'ikigali bakomeje kwerekana urukundo rudasanzwe bakunda umuziki-Amafoto

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 7 Ukuboza 2018, muri Camp Kigali habereye igitaramo cya  M’bilia Bel cyaranzwe n’imbyino zo gutigisa umubyimba ndetse no kuzunguza amabuno kuburyo budasanzwe kubakobwa bamwe nabamwe bari bakitabiriye. Ni igitaramo cyasusurukijwe n’itsinda rya Neptunez Band ryaririmbiye abitabiriye indirimbo zirimo n’iyo kubifuriza iminsi mikuru myiza ya Noheli n’Ubunani […]

Amafoto: Perezida Kagame yitabiriye inama mu Misiri ivuga ku kongera ubukungu n’ishoramari

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Ugushyingo  2018 , Perezida Paul Kagame yageze mu Misiri, aho agiye kwitabira inama nyafurika izwi nka ’Africa 2018 Forum’, igamije kongera amahirwe yo kwishyira hamwe ku umugabane w’Afurika mu by’ubukungu ni ishoramari. Perezida Kagame akaba yashyikiye mu Mujyi wa Sharm El Sheikh , yitabiriye inama iziga ku guteza […]

Kirehe: Abagabo baretse ihohoterwa rishingiye ku gitsina basabye Leta ko yabahindura imfashanyigisho

Kuwa kane tariki ya 6 Ukuboza 2018, mu mirenge umunani yo mu turere 4 tw’intara y‘iburasirazuba habereye ibikorwa byo kugaragaza ibyagezweho n’umushinga witwa indashyikirwa  wahuguwemo abashakanye biganjemo ingo zarimo ibibazo by’amakimbirane,a ho mu buhamya bw’abahuguwe biyemeje kuva ku ngeso yo guhohotera abagore banasaba ko Leta yabakoresha ikabagira imfashanyigisho mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu […]

Paul Pogba uhorana udushya yatunguye benshi yifotozanya n'inyamanswa-Amafoto

Umukinnyi w’umupira w’amaguru ukinira ikipe ya Manchester United ndetse n’ikipe y’igihugu ya bafaransa Paul Pogba yatangaje benshi ubwo yifotozaga ateruye inkende maze agashyira amafoto ku mbuga ze nkoranya mbaga. Pogba ni umufaransa ukinira ikipe ya Manchester City mu gihugu cy’u Bwongereza, yayifashije kwegukana igikombe cya shampiyona umwaka w’imikino wa 2017/2018 ndetse afasha n’igihugu cye kwegukana […]