Rusizi: Urubyiruko rurarira ayo kwarika nyuma yo gupfusha inkoko zisaga 2000
Urubyiruko rwo mu mirenge ya Gikundamvura na Bugarama mu karere ka Rusizi rwari rwarorojwe inkoko na Minisiteri yâUbuhinzi (MINAGRI) ifatanyije nâakarere, rurarira ayo kwarika nyuma yo gupfusha izisaga ibihumbi bibiri. Nkâuko bitangazwa na bamwe muri aba basore nâinkumi, ngo buri murenge wari wahawe inkoko 1000 muri Kemena umwaka ushize, iz’abo muri Bugarama na Gikundamvura zibasirwa […]
Kasai: Ibiro byâishyaka riri ku butegetsi byibasiwe, umuntu aricwa
Kuri uyu wa Kabiri ushize umuntu umwe yiciwe mu myigaragambyo yadutse muri Congo hagati yamagana umukandida wâishyaka riri ku butegetsi, PPRD mu gihe habura iminsi micye amatora yâumukuru wâigihugu akaba muri iki gihugu. Imyivumbagatanyo yadutse mu mujyi wa Tshikapa, uherereye muri Kasai yo Hagati, yasize inangije bikomeye ibiro bikuru byâishyaka PPRD nkâuko ababibonye babitangarije itangazamakuru. […]
Burundi: Umukozi wa SOCABU yafashwe n'ubutasi nyuma yo kuva mu Rwanda
Umukozi wâikigo cyâigihugu cyâubwishingizi mu Burundi kitwa SOCABU (SociĂ©tĂ© d’Assurances du Burundi) yatawe muri yombi nâinzego zâubutasi zâiki gihugu nyuma yâaho yari akubutse mu Rwanda. Uyu witwa Etienne Munyankindi biravugwa ko ari muri kasho yâinzego zâubutasi zâu Burundi (SNR) iherereye I Bujumbura kuva kuwa Kabiri. Yatawe muri yombi kuri uyu munsi wo kuwa Kabiri, itariki 18 […]
Umukunzi wa Diamond yeruriye abamwibutsa abana uyu mugabo yabyaye ahandi
Umukunzi wa Diamond Platnumz, Tanasha Oketch avuga ko ibyo kuba Diamond yarabyaranye nâabandi bagore abana ntacyo bimutwaye kuko gukundana kwabo ari Imana yabishatse. Diamond nâuyu mukobwa wo muri Kenya bateganya gukora ubukwe kuwa 14 Gashyantare 2019. Uyu mukobwa abinyujije ku mbuga nkoranyamabaga yamaze amatsiko abari bakomeje kwibaza niba koko urukundo rwe ari urwa nyarwo cyangwa […]
Hagati ya Amerika nâu Bushinwa ni inde ufitiye impuhwe Afurika?
Mu cyumweru gishize bwana John Bolton umujyanama mu byâumutekano wa Perezida wa Amerika Donald Trump, yibasiye u Bushinwa abushinja gufatirana umugabane wa Afurika mu ntege nke, ari nako buhabangamira inyungu zâAmerika. Yanavuze ko u Bushinwa bucuza ibihugu byâAfurika umutungo kamere bwitwaje imyenda bubishukisha ibyinshi bitabasha kwishyura. Leta ya Zambia yatunzwe agatoki muri icyo kibazo, ndetse […]
Nyarugenge: Umumotari yafashwe nta ruhushya rwo gutwara afite agerageza guha ruswa umupolisi
Habanabakize Thomas wâimyaka 39 yâamavuko usanzwe akora akazi ko gutwara abantu kuri moto Kuri uyu 18 Ukuboza yafashwe akekwaho guha ruswa umupolisi ukora mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda kugira ngo atamwandikira amakosa yari afatiwemo. Habanabakize yafatiwe mu murenge wa Kimisagara mu kagari ka Kimisagara kuko yari yaparitse moto ahatemewe. Chief Inspector of Police […]
Kamonyi : Min. Prof Shyaka arasaba abaturage guharanira kugira umuryango utekanye
Minisitiri wâUbutegetsi bwâIgihugu, Prof Shyaka Anastase, arasaba abaturage b’akarere ka Kamonyi guharanira kugira umuryango mwiza utekanye bita ku mibanire myiza, birinda amacakubiri ndetse nâ amakimbirane yo mu ngo. Ibi Min. Prof Shyaka yabibasabye ubwo yagakoreragamo uruzinduko, agasura imirenge ya Mugina na Nyamiyaga, bityo akabashishikariza  gukora cyane baharanira kurwanya ubukene, birinda ibiyobyabwenge n’ibindi byatuma umuryango udatekana. Agira ati« […]
Kuroga no gusabiriza nibyo bitaguteza imbere- Tom Close
Umuhanzi Muyombo Thomas  uzwi ku izina ryâubuhanzi rya Tom  Close avuga ko akazi kose umuntu yakora yagashyizeho umutima we wose, kamuteza imbere, uretse kuroga no gusaba. Tom Close yatangaje ibi abicishije ku rukuta rwe rwa Instagram, ndetse anatanga inama zo kugira ishyaka ryo gukora cyane ubutunzi bukazizana. Yagize ati âUmurimo uwo ariwo wose wakora uwushyizeho […]
Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye
Ku mugoroba wo kuwa Gatandatu, tariki 15 Ukuboza 2018, ku isaha ya saa 18h15, mu Murenge wa Cyitabi, Akarere ka Nyamagabe, mu ntara yâAmajyepfo, abantu bataramenyekana batwitse imodoka eshatu zitwara abagenzi, bica abaturage babiri, bakomeretsa abandi umunani nyuma muri babiri muri aba baza gupfa. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri yâIngabo, ivuga ko RDF yakurikiranye  abo […]
Major Ntuyahaga wahamijwe uruhare mu iyicwa ryâabasirikare bâAbabiligi mu nzira igana mu Rwanda
Urukiko rwo mu Bubiligi rwamaze gutegura ibisabwa byose ku kohereza mu Rwanda, Major Bernard Ntuyahaga, wari umusirikare mukuru muri guverinoma yashyize mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho biteganyijwe ko azagra mu Rwanda kuwa Gatanu. Major Ntuyahaga yari amaze imyaka 25 muri gereza yo mu Bubiligi nyuma yo guhamwa nâuruhare mu iyicwa ryâabasirikare bâu […]
RDC: Haravugwa ibikorwa byo kugura amajwi ku bakandida bari kwiyamamaza
Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo amatora yâumukuru wâigihugu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo abe, kuri ubu haravugwa ibikorwa byo kugura amajwi ku bakandida barimo kwiyamamaza. Amatora yâumukuru wâigihugu, ayâabadepite, nâayabayobozi bâintara muri Congo ateganyijwe ku Cyumweru itariki 23 Ukuboza 2018. Inkuru dukesha BBC iravuga ko abantu babarirwa muri mirongo bari bategereje […]
Ole Gunnar ugiye gutoza Man. Utd ni muntu ki?
Ole Gunnar Solskjà Šr ni umugabo wâimyaka 45 yâamavuko ukomoka muri Norvege, yasimbuye umutoza Jose Mourinho wirukanwe muri Man. Utd ku wa Kabiri tariki ya 18 Ukuboza 2018. Binyujijwe ku rukuta rwa Twitter rwa Shampiyona yo mu Bwongereza (Premier League) nyuma yâiyirukanwa rya Mourinho, baciye amarenga ko Ole Gunnar ari we ushobora gutoza ikipe ya Manchester […]
Gen Salim Saleh yatunguwe nâabanyeshuri bâabahungu bambara amajipo â Amafoto
Ishuri ryisumbuye rya Nyakasura rizwi nka Nyakasura School ryo mu Karere ka Kabarole mu gihugu cya Uganda ryatunguye ndetse rinatangaza, Gen Salim Saleh, umuhuzabikorwa wâurwego rushinzwe kuzamura imibereho yâabaturage ruzwi nka OWC (Operation Wealth Creation), ubwo yarisuraga agasanga abahungu baryigaho nabo bambara amajipo nka bashiki babo. Ubwo yari yagiye gutangiza uburyo buzajya bugeza amazi meza […]
Abahekuwe nâingabo za Gen. Nkunda barasaba ubutabera
Imyaka 10 ishize abaturage bo mu gace ka Kiwanja muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batarabona ubutabera ngo ababiciye ababo babihanirwe, bavuga ko abari inyeshyamba za CNDP zayoborwaga na Gen Laurent Nkunda, arizo zabasize bupfubyi, bupfakazi,⊠Ku itariki ya 4 na 5 Ugushyingo 2018, nibwo abantu bagera kuri 150 bishwe mu minsi ibiri, bitangazwa ko […]
Yivuganye indaya bararanye arangije yishyikiriza polisi
Igipolisi cyo mu Karere ka Mbarara mu gihugu cya Uganda cyataye muri yombi umugabo wâimyaka 52 wanize indaya bari bararanye kugeza ishizemo umwuka. Uwatawe muri yombi ni uwitwa Brian Kamusiime wo mu Kagari ka Rwibare, mu mujyi wa Rutoma, mu Karere ka Mbarara. Nkâuko byatangajwe nâumuvugizi wâigipolisi muri Rwizi, ASP Samson Kasasira, uwatawe muri yombi […]
Bazakomeza kubabeshya ngo nâabatishoboye mu mujyi tuzabamo, uzabamo se gute?- Visi Meya Mberabahizi
Ubuyobozi bwâAkarere ka Gasabo bwasabye abaturage ko bakwiye kumenya  uko amikoro yabo ahagaze bityo bakimuka bakajya gutura ahandi kugira ngo birinde imvugo yâuko ngo nâabatishoboye bazatura mu Mujyi wa Kigali. Ni mu gihe bamwe mu baturage bavuga ko igishushanyo mbonera gishya cyâUmujyi wa Kigali gisimbura icyo mu 2013 kibahonyora abandi kikabafasha. Umuyobozi wungirije wâAkarere ka […]
Itegurwa rya Jenoside mu Ruhengeri: Ubwicanyi bweruye bwakorewe Abatutsi muri Kinigi mu 1991
Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo yâIgihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri bugaragaza ko mu makomine atandukanye yari agize iyi  Perefegitura habaye ubwicanyi bweruye bwibasiye Abatutsi hagati ya 1990 na 1993 mu rwego rwo gutegura no kugerageza Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Bugaragaza ko  ubwicanyi mu buryo bweruye bwatangiye […]
Nkumbuye igitsina cye gusa- Cardi B avuga ku wo bahoze bakundana
Umuraperikazi ukunzwe muri iyi minsi muri Amerika, Cardi B avuga ko mu byâukuri adakumbuye cyane uwo bahoze bakundana, Offset ko akumbuye gusa igitsina cye. Uyu muraperkazi Cardi B ukunzwe cyane hano mu Rwanda mu ndirimbo âGirl like youâ yafatanyije na Maroon 5 yatandukanye nâumuhanzi Offset mu mezi make ashize nyuma yo kubyarana umwana wâumukobwa Kulture. […]
Abasukuti basaga 200 bâAbagande babujijwe kwinjira ku butaka bwâu Burundi
Urubyiruko rwâabasukuti (scouts) rusaga 200 rwâAbagande rwabujijwe kwinjira ku butaka bwâu Burundi nâinzego zishinzwe abinjira nâabasohoka zâiki gihugu, mu majyaruguru yâuburasirazuba mu Ntara ya Muyinga, aho bari bagiye mu nama ihuza abasukuti bo mu karere ibera mu Ntara ya Gitega igomba gusoza kuri uyu wa Kane. Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko uru rubyiruko rwakuwe […]
Rwamagana: Umupfakazi warokotse Jenoside aratakambira ubuyobozi kubera inzu yenda kumugwaho
Mukakabera Stephanie ni umupfakazi warokotse jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994 utuye mu Mudugudu wa Kagerero mu Kagari ka Bwiza mu Murenge wa Kigabiro utakambira ubuyobozi abusaba kumufasha akubakirwa agasanirwa inzu yubakiwe yenda kumugwira. Mukakabera abana nâabana be 2 barimo umukobwa we ufite ubumuga nawe ufite abana batatu bose babana na nyirakuru mu nzu yenda […]
Amerika ifitiye amakenga Leta yâu Burundi yafunze ibiro byâagashami ka Loni
Nyuma yaho Leta yâu Burundi ifatiye icyemezo cyo gufunga ibiro byâagashami k’Umuryango w’Abibumbye, gashinze uburenganzira bwa muntu, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitangaza ko biteye amakenga mu gihe muri iki gihugu hakigaragara ibikorwa byâumutekano muke. Amerika ivuga ko ihangayitse kuri iyi ngingo yâu Burundi mu gihe muri iki gihugu ngo hakigaragara ibikorwa byo guhutaza uburenganzira […]
Nyamagabe: Ubuyobozi ntibukozwa kwemerera abaturage kubwira itangazamakuru uko biyumva nyuma yâigitero
Umuyobozi wâAkarere ka Nyamagabe, Bonavanture Uwamahoro yateye utwatsi umunyamakuru wâijwi rya Amerika, Thermistocle Mutijima wamusabaga ko yaganira nâabaturage kugira ngo bamubwire uko biyumva nyuma yâigitero cyagabwe mu Murenge wa Kitabi kuwa Gatandatu wâicyumweru gishize kigahitana bane kigasiga inkomere esheshatu. Umwe mu baturage wavuze ko ari hari ibyo ashinzwe mu nzego zâibanze mu  yabwiye uyu munyamakuru […]
Nyanza: Abunzi babangamirwa no kudahugurwa ku mategeko yavuguruwe
Ku wa Mbere tariki ya 17 Ukuboza 2018, abunzi bo mu karere ka Nyanza, Intara yâAmajyepfo, bagejejweho ibikoresho bitandukanye byo kwifashisha mu kazi kabo nâumuryango RCN Justice et Democratie, nyamara aba bunzi kuri bo ibikoresho ngo basanzwe babihabwa ndetse bari banabifite ahubwo, icyo bifuza kurusha ibindi ni uko  bahabwa amahugurwa ku mategeko kuko ahinduka buri […]
Umuhanzi wo muri Sudani yâEpfo yafatiwe muri Uganda afite imbunda ya SMG
Abayobozi bo muri Sudani yâEpfo bari mu mishyikirano na bagenzi babo bo muri Uganda bareba uko umuhanzi wo muri Sudani yâEpfo wafatiwe muri Uganda mu cyumweru gishize afite imbunda yarekurwa. Uyu wari ufite imbunda ya SMG ngo akaba yarisanze muri Uganda arimo guhiga. Ubwo yari ayoboye kuri uyu wa Kabiri inama hagati yâitsinda ryâAbagande nâiryâAbanya-Sudani […]
Ruhango: Abaturage basubijwe inka zabo bari bibwe
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ruhango mu murenge wa Kabagali bari bamaze amezi arenga abiri baribwe inka kuri uyu wa 17 ukuboza 2018 bazishubijwe na Polisi yâu Rwanda. Ni inka 3 zari zaribwe mu bihe bitandukanye , imwe yari imaze amezi abiri naho izindi 2 zo zari zimaze iminsi 6. Umuvugizi wa Polisi […]
Uko byifashe i Nyamagabe nyuma yâigitero cyahitanye bane, kigasiga inkomere
Nyuma  yâaho abantu bataramenyekana bagabye igitero mu Murenge wa Kitabi i Nyamagabe bagatwika  imodoka eshatu, bakica abantu babiri bagasiga inkomere umunani nyuma ebyiri muri zo zikaza gupfa; kuva kuwa Mbere wâiki cyumweru imodoka zitwara abagenzi ziragenda muri aka gace nta kibazo bitandukanye n’umunsi wabanje. Umunyamakuru wa VOA uri muri aka gace avuga ko imodoka ziva […]
RDC: Ku munsi wâamatora imipaka yo ku butaka izaba ifunze kugeza arangiye
Nyuma yâicyumweru cyâibikorwa byo kwiyamamaza byaranzwe nâubugizi bwa nabi bwanaguyemo abantu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere, itariki 17 Ukuboza, minisiteri yâumutekano yatangaje imirongo migari yâumutekano iteganyijwe ku munsi wâamatora yâumukuru wâigihugu, abadepite nâayâabayobozi bâintara ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza. Mu ngamba zafashwe harimo gufunga imipaka yo ku butaka no kongera abasirikare […]
Manchester United yamaze kwereka umuryango umutoza Jose Mourinho
Ikipe ya Manchester United ykwirukana uwari umutoza wayo, Umunya-Portugal Jose Mourinho, aho ubuyobozi bwâiyi kipe bwatangaje ko iki cyemezo gihita gitangira kubahirizwa ndetse bumushimira imirimo yakoze bunamwifuriza ibyiza ahazaza. Biteganyijwe ko umutoza usimbura Mourinho azita ku ikipe kugeza mu mpera zâiyi season, mu gihe hagishakishwa umutoza wuzuye uzasimusimbura. Ikinyamakuru Sky Sports News kiravuga ko umutoza […]
Ihungabana riri ku rugero rwo hejuru mu barokotse rikeneye kuvugutirwa umuti byihuse – CNLG
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yâIgihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean-DamascĂšne yavuze ko ihungabana mubacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi riri ku kigero cyo hejuru, akaba ari ikibazo gikeneye kuvugutirwa umuti kandi vuba. Ibi yabivugiye mu  nama ngishwanama ya CNLG yateranye kuwa 14 Ukuboza 2018, igateranira mu nama ya 16 yâigihugu yâumushyikirano, yabereye I […]
Intego duhuriyeho ni ukugera ku mibanire mishya hagati yâu Burayi na Afurika nkâuko yakagombye â Kagame
Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, akaba na Chairman wa Afurika Yunze Ubumwe, kuri ubu uri I Vienne muri Autriche aho yitabiriye inama ihuza u Burayi na Afurika, yatangaje ko intego ihuriweho ari ukugera ku mibanire mishya hagati yâu Burayi na Afurika nkâuko yakagombye kumera. Muri iki gitondo cyo kuwa 18 Ukuboza Perezida Kagame akaba yafatanyije […]
Perezida Nkurunziza ugwije imidari ikomeye, yifurijwe isabukuru nziza
Uyu munsi tariki ya 18 Ukuboza (Kigarama) 2018, nibwo Petero Nkurunziza, Perezida wa Repubulika yâu Burundi yujuje imyaka 55 amaze avutse. Abarundi nâabandi banyuranye, bazindutse bamwifuriza isabukuru mpire y’imyaka 55 amaze avutse. Â Perezida Petero Nkurunziza yavutse kuwa 18 /12/1963. Yahoze ari Umuyobozi wâUmugambwe CNN-FDD Mbere yo kuba Perezida wâu Burundi. Yabaye kandi Minisitiri wâimiyoborere […]
Usibye u Bushinwa igisirikare cyâu Rwanda nicyo gitunze missiles zishwanyaguza ibifaru
Igisirikare cyâu Rwanda, RDF, cyabaye igisirikare cya mbere cyâabanyamahanga gitunze ibisasu bya missiles byakorewe mu Bushinwa bizwi nka Red Arrow bifite ubushobozi bwo gusenya ibimodoka byâintambara byâimitamenwa bizwi nka tanks cyangwa chars blindĂ©s mu Gifaransa. Kuwa kabiri ushize, ku munsi wa nyuma yâimyitozo ngarukamwaka yaberaga i Gabiro, nibwo igisirikare cyâu Rwanda kerekanye bwa mbere intwaro […]
Diamond na Tanasha bateje urujijo habura igihe gito ngo bakore ubukwe
Umuhanzi Diamond Platnumz uri mu munyenga w’urukundo na Tanasha Donna yafashe umwanzuro wo gusiba buri foto imuhuza nuyu Tanasha bamaranye igihe gito bacuditse biteza urujijo. Nyuma yaho ibi bibaye Tanasha yahise ajya kuri Instagram ye asomabura impamvu yafashe uwo mwanzuro ndetse akuraho urujijo kubabifashe nk’ikimenyetso cyo gutandukana kwabo. Tanasha Donna yagize ati âD nanjye twafashe […]
Meddy yaba yavuye  ku izima nyuma yo kuburirwa ko azicwa najya mu Burundi
Hakomeje kwibazwa niba Umuhanzi Meddy yaravuye ku izima agasubika ibitaramo bibiri yateganyaga gukorera mu Mujyi wa Bujumbura nyuma yo kuburirwa ko najyayo azicwa. Abinyujije kuri Facebook uwitwa Gatoto Eddy Mathias yanditse muri groupe yitwa Humura Burundi avuga ko igihe Meddy yaba akandagiye mu Burundi bitazamugwa neza ndetse bakomeza bavuga ko azaba aje kubateza ubukene nubwo […]
RDC: FDLR yihimuye kuri FARDC yicamo babiri nyuma yo gufata abayobozi bayo
Abasirikare babiri ba Repubulika iiharanira Demokarasi ya Congo baguye mu mirwano yabahuje nâinyeshyamba zâAbanyarwanda zo mu mutwe wa FDLR nyuma yâaho babiri mu bayobozi bayo baterewe muri yombi ku mupaka wa Congo na Uganda nkâuko byatangajwe kuri uyu wa mbere, iitariki 17 Ukuboza nâumuvugizi wâigisirikare. Amakuru dukesha AFP aravuga ko ingabo za Congo zahanganye na […]
U Burundi na Congo ku rutonde rwâibihugu byahagarikiwe inkunga na Amerika
Leta Zunze za Amerika zafashe ingamba nshya mu bijyanye nâinkunga cyajyaga kigenera ibihugu bitandukanye biri mu nzira yâamajyambere, aho itangazo ryashyizwe ahagaragara na Perezida Donald Trump ryagaragaje urutonde rwâibihugu bitazongera guhabwa iyi mfashanyo birimo nâu Burundi. Iryo tangazo rikaba rivuga ko ibihugu byâu Burundi, Belarus, Belize, Bolivia, Burmanie, u Bushinwa, Comores, Repubulika iharanira Demokarasi ya […]
Ubushotoranyi burakomeje- Amb. Nduhungirehe avuga ku bateye Nyamagabe nyuma bagahungira mu Burundi
Umunyamabaga wa Leta muri Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga yâu Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe atangaza ko icyo yise ubushotoranyi bukomeje nyuma yâaho bitangajwe ko ingabo zâigihugu cye  zakurikiranye  abagabye igitero mu Karere ka Nyamagabe zikicamo batatu abandi bagahungira mu gihugu cyâu Burundi. Ni nyuma yâaho kandi Igipolisi cyâu Rwanda muri Nyakanga 2018 cyatangaje  ko abateye mu Karere ka […]
Nyuma ya UNICEF, Nigeria irashinja na Amnesty International gukorana na Boko Haram
Igihugu cya Nigeria gikomeje gushinja imiryango mpuzamahanga itandukanye gushyigikira no gukorana nâumutwe wâiterabwoba wa Boko Haram umaze igihe ukora ibikorwa byâiterabwoba bitandukanye muri iki gihugu ndetse no mu biihugu byâibituranyi nka Cameroun na Niger. Kuri iyi nshuro, iki gihugu cya Nigeria gihangayikishijwe nâibikorwa byâumuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu, Amnesty International nkâuko byatangajwe kuri uyu […]
Batatu mu bagabye igitero i Nyamagabe bishwe nâingabo zâu Rwanda
Ingabo zâu Rwanda (RDF) zemeza ko zishe batatu mu bantu bitwaje intwaro bagabye igitero  mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe. Aba bantu bataramenyekana bishe  abantu babiri  abandi umunani bagakomereka nkâuko inzego zâumutekano zâu Rwanda zabyemeje. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri yâIngabo, ivuga ko RDF yakurikiranye  abo bagizi ba nabi zikicamo batatu abandi bagahungira […]
Iburasirazuba: Hamenwe litiro zirenga 1000 zâinzoga zitemewe
Polisi yâu Rwanda ku bufatanye nâabaturage yafashe litiro 1095 zâinzoga zitujuje ubuziranenge zimenerwa mu ruhame aho abaturage bongeye kwibutswa ingaruka zo kunywa bene izo nzoga, basabwa kuzirwanya batanga amakuru yâaho zikorerwa. Izi nzoga zizwi nka muriture zafatiwe mu turere twa Rwamagana na Kirehe two mu Ntara yâIburusirazuba kuwa 16 Ukoboza 2018. Umuvugizi wa Polisi mu […]
Ntibisanzwe: Abana bâAbashumba mu matorero yose ya Gikristo bateguriwe igiterane giteye amatsiko
Mu muryango mugari wâAgakiza harategurwa igiterane kidasanzwe kizitabirwa byâumwihariko nâabana bavuka mu ngo zâAbakozi bâImana « Abapasitori ; Abarevera ; Ababishop na ba Apotre » hatitawe ku itorero (idini) iryo ari ryo ryose. Kizaba kuwa 23 Ukwakira 2018, kuri SOLACE Ministries Kacyiru kuva isaa Munani zâamanywa (14h00). Kwinjira muri iki giterane ni Ubuntu. Iri tsinda ririmo gutegura iki giterane, abenshi […]
Se wa Diamond aramutakambira ngo azamutumire mu bukwe bwe
Mu gihe Diamond atangaza ko azarongora mu ntangiriro zâumwaka utaha, se aramutakambira kugira ngo nawe azatahe ubwo bukwe. Abdul Juma, ubyara icyamamare muri muzika, Diamond Platnumz, avuga ko mu gihe azaba atatashye ubukwe bwâumuhungu we, bizamutera agahinda. Aganira na ShowbizXtra, Juma yagize ati âNdamusaba kutazanyirengagiza kuri uwo munsi, kuko mu gihe yaba atantumiye nzasigara numva […]
Gen Kayihura azihunza Umujyi wa Kampala mu  minsi mikuru
Uwahoze ari Umuyobozi wâIgipolisi cya Uganda, Gen. Kale Kayihura arateganya kuva mu Mujyi wa Kampala akerekeza ku ivuko mu Karere ka Kisoro muri iki gihe cyâiminsi mikuru ya Noheli n’ubunani. Umwe mu bantu bahafi nâuyu mujenerali wâinyenyeri enye yatangarije The New Vision ko Kayihura ateganya kuzajya kwiyakirira mu Karere ka Kisoro mu rwego rwo kwifatanya […]
Champions League: Dore uko amakipe azacakirana muri 1/8
Amakipe 16 niyo asigaye mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo (Champions League), mu gihe rizaba rikomeza muri kimwe cy’umunani, amakipe amwe n’amwe yatangiye kwibona hanze y’ikibuga bitewe n’amakipe akomeye yatomboye. Amakipe benshi bagiye bagarukaho ko ashobora guhita yisanga inyuma y’ikibuga, ni nk’ikipe ya Manchester United yatomboye Paris Saint Germain; n’ikipe ya Liverpool yatomboye Bayern […]
Rusizi/Nzahaha: Ababyeyi barasabwa kurushaho kwita ku mirire yâabana babo
Ababyeyi bo mu tugari twa Kigenge na Rebero  mu murenge wa Nzahaha, mu karere ka Rusizi bafashwa nâumushinga RW 0399 wâitorero ADEPR paruwasi ya Nzahaha, barasabwa kurushaho kwita ku mirire yâabana babo. Umushinga âRW 0399â na wo uterwa inkunga na âCompassion internationalâ; ukaba usaba ababyeyi kwita ku mirire yâabana babo mu gihe usanga bamwe bafite […]
Miss Rwanda 2019 :Irebere abakobwa batoranyijwe i #Rubavu harimo nuvugwa kuza n'ibirenge
Dr. Rudasingwa avuga ko Museveni adaha agaciro uruhare CNDD-FDD yagize mu kuzahura u Burundi
Umunyarwanda uba mu buhungiro, Dr Theogene Rudasingwa avuga ko ibaruwa Perezida Museveni yandikiye mugenzi we, Pierre Nkurunziza itagaragaza uruhare rwâishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD mu kuba ryarabashije gutuma habaho ibiganiro byatumye u Burundi bwongera gutekana. Mu ibaruwa ndende Bwiza.Com yateyeho  akajisho, Dr. Rudasingwa yatangiye anenga Perezida Museveni kuba  ibikubiye  mabaruwa yagiye yohererezanya na […]
IGP Dan Munyuza yahaye impanuro abapolisi bitegura kujya mu butumwa bwâamahoro
Umuyobozi wa Polisi yâu Rwanda, IGP Dan Munyuza arasaba itsinda ryâabapolisi 280 bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika, kuzarangwa no kubaha abaturage bazaba bagiye kubungabungira umutekano. Ni impanuro yabahaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Ukuboza 2018, ku kicaro cya Polisi yâu Rwanda kiri ku Kacyiru, mu Mujyi wa Kigali. Ni itsinda ry’abapolisi […]
Ubwoba ni bwose ku Barundi baturiye umupaka wâu Rwanda
Mu gihe umubano hagati yâu Rwanda nâu Burundi utifashe neza muri iki gihe, bamwe mu baturage bâAbarundi baturiye umupaka ugabanya ibi bihugu byombi, bavuga ko bahorana ubwoba. Abaturage bo muri Komini Kabarore, mu Ntara ya Kayanza ikora ku mupaka wâu Rwanda nâu Burundi, batangaza ko buri gihe bahorana ubwoba, bakeka ko bagirirwa nabi. Uyu yagize […]
RDC: Igitero cyagabwe ahabitse imashini zizifashishwa mu matora
Ingabo za Congo (FARDC) zifatanyije na polisi baburijemo igitero cyagabwe nâabitwaje intwaro ku bubiko bwa Komisiyo yâIgihugu Ishinzwe Amatora (CENI) muri Teritwari ya Beni, muri Kivu yâAmajyaruguru. Umuvugizi wa Operasiyo Sokolo1 muri FARDC, Capt. Mak Hazukay, yatangaje ko iki gitero cyagabwe nâabantu bari bitwaje intwaro, mu gitondo cyo ku wa 16 Ukuboza 2018, hagacyekwa inyeshyamba […]
Bobi Wine  arahigwa bukware mu Mujyi wa Jinja
Polisi ya Uganda irahiga Umudepite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine mu Mujyi wa Jinja aho uyu mugabo yihishe amasaha atari make kuva ku Cyumweru. Abintujije ku mbuga nkoranyambaga Bobi Wine yatangaje ko Polisi imuhiga bikomeye nyuma yâaho yari yateguye igitaramo muri Jinja we nâabandi bahanzi bakizamuka bo muri ako gace. Ati â Umujyi wose […]
Nyamasheke/Rangiro: Bavuga ko inzara ibugarije bayiterwa nâisuri
Abaturage bâakagari ka Banda mu murenge wa Rangiro kimwe nâako bihana imbibi ka Mutongo mu murenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bahangayikishijwe nâikibazo cyâisuri ikomeje kubahombya. Ubwo bari  mu gikorwa cyo gutera ibiti bivangwa nâimyaka, bahawe nâumushinga âKageno Rwandaâ ufasha mu kuzamura imibereho yâabaturage bâiki gice kiri ahitaruye utundi muri aka karere, […]
Umuvugizi wa FDLR yafashwe na FARDC
Umuvugizi wâinyeshyamba za FDLR,  LaForge Fils Bazeye, yafatiwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Nkâuko byatangajwe nâUmunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga, Amb. Nduhungirehe Olivier, abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, avuga ko Fils Bazeye yafashwe nâigisirikare cya Congo (FARDC) byâumwihariko ngo akaba ashobora koherezwa mu Rwanda. Yagize ati ââŠ. Uyu munsi yafashwe nâingabo […]
Nyabugogo: Abizigama ntibakibona umubitsi, barakeka ko yatorokanye amafaranga yabo
Abacuruzi nâabatwara imizigo mu masoko ya Nyabugogo ubu bararira ayo kwarika, nyuma yâiminsi itanu badaca iryera Karekezi wari usanzwe ababikira ubwizigame bwabo bwa buri munsi. Bamwe muri bo barakeka ko ngo yaba yaragiye hanze yâigihugu atwaye amafaranga yabo, cyane ko benshi bagombaga kuyafata muri iki cyumweru kije ngo bitegure iminsi mikuru. Umunsi wo kuwa gatandatu […]
Amasezerano mfite muri Rwamagana wasanga Rayon Sports itarashoboraga kuyampa- Muhire Hassan
Nyuma yâumukino ikipe ya Rwamagana City yatsinzemo Miroplast ibitego 4-0, umutoza Muhire Hassan yavuze ko kuba atoza iyi kipe kandi iri mu cyiciro cya 2 kandi ari umutoza ufite ibigwi byo gutoza mu cyiciro cya mbere biterwa nâamasezerano meza yahawe nâikipe ya Rwamagana ugereranyije nâandi makipe harimo na Rayon Sports. Mu gice cya mbere Rwamagana […]
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wa Centrafrica yirukanwe ku mirimo ye
Perezida wa Centrafrica, Faustin-Archange Touadera yirukanye ku mirimo ye uwari minisitiri wâububanyi nâamahanga kuva mu 2016, Charles-Armel Doubane, amusimbuza umugore witwa Sylvie BaĂ ÂŻpo-Temon, wari umusesenguzi mu bijyanye nâimari. Ni iteka rya perezida ryatangajwe kuwa Gatanu ninjoro ryarangije imirimo ya Charles-Armel Doubane wigeze no kuba minisitiri wâuburezi kuva mu 2006 kugeza mu 2008, ndetse agahagararira igihugu […]
Benin: Umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo âNanga Abahutuâ yitabye Imana
Umuhanzi Simon Bikindi, wabarizwaga muri Benin kuva mu 2012 akaba ari naho yarangirije igifungo cyâ imyaka 15 yâigifungo kubera uruhare rwe mu gukangurira abantu ubwicanyi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yamaze kuva mu Isi yâabazima, aho amakuru agera kuri Bwiza avuga ko yitabye Imana azize indwara ya DiabĂšte yari amaze iminsi arwaye. Simon Bikindi waririmbye indirimbo […]
Abayobozi bâu Burundi barashinja Abagande kutagira ibanga
Umuvugizi wa Perezida wâu Burundi, Jean Claude Karerwa Ndanzako, yatangaje ko Leta ya Uganda ari yo yabazwa ibijyanye no gukwirakwiza inyandiko abakuru ba Uganda nâu Burundi bandikiranye mu ibanga. Inyandiko abayobozi bâibihugu byombi bagiye bandikirana mu minsi ishize zagiye zijya ku karubanda bituma bamwe bibaza ikibazo cyaba kiri hagati ya Museveni na Nkurunziza, gusa Leta […]
Rwamagana: Abahanzi bakiri bato barashinja Marina kwibagirwa aho akomoka
Abahanzi bataramenyekana bo mu Karere ka Rwamagana bageneye ubutumwa umuhanzikazi Marina bumwibutsa ko yirengagije aho avuka ndetse ko nabo yabatereranye ntabafashe kumenyekana . Abahanzi basanga Marina ariwe muhanzi ukomoka mu Karere ka Rwamagana umaze kumenyekana ariko akaba atajya agaruka aho avuka ngo afashe bagenzi be bataramenyekana, aho bamwe muri abo bahanzi bavuga ko bataramuca iryera […]
RDC: Igitangaza cyâuruhinja rwanduye Ebola rufite iminsi 6 rukaba rwarakize
Muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo haravugwa igitangaza cyâuruhinja rwanduye ebola rumaze iminsi 6 ruvutse none rukaba rwarakize nkâuko byemezwa nâabayobozi muri minisiteri yâubuzima. Biravugwa ko nyina wâuyu mwana bise Benedicte ari we wabanje kwandura Ebola ndetse igahita imuhitana arimo kubyara uyu mwana. Uyu mugore ngo akaba yaragaragaje ibimenyetso byâuko yanduye nyuma yâiminsi mikeya amara […]