Boris Johnson arasaba u Bwongereza guha Ukraine indege z’intambara zinyaruka

Boris Johnson wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza arasaba guverinoma y’igihugu cye koherereza Ukraine indege z’intambara zinyaruka kugira ngo izifashishe ihangana n’u Burusiya. Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Mark Austin wa Sky News kuri uyu wa 23 Gashyantare 2023, Boris yavuze ko n’ubwo u Bwongereza budafite indege z’indwanyi za F-16 zikorerwa muri Leta zunze ubumwe za Amerika, […]

U Rwanda mu bihugu bishyigikiye ko ingabo z’u Burusiya ziva muri Ukraine byihuse

Uko itora ryagenze mu Nteko Rusange ya UN

U Rwanda ruri mu bihugu 141 byatoye umwanzuro usaba ko ingabo z’u Burusiya zihagarika intambara zimaze umwaka zitangije muri Ukraine, zikava muri iki gihugu. Kuri uyu wa 23 Gashyantare 2023, ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye ni bwo habereye iri tora ry’Inteko Rusange rishyigikira ubusugire bwa Ukraine. U Rwanda, ibihugu byo mu muryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba […]

USA yongeye gusaba u Rwanda ‘gukura ingabo’ muri RDC

Ibiro bya Leta zunze ubumwe za Amerika bishinzwe ububanyi n’amahanga byongeye gushimangira ko u Rwanda rufite ingabo mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), bityo ko rusabwa kuzikurayo. Bigaragara mu itangazo ryo kuri uyu wa 22 Gashyantare 2023 ryashyizwe hanze n’Umuvugizi w’ibi biro, Ned Price, rikomoza ahanini ku byemezo biherutse gufatwa n’akanama k’umuryango […]

GUKOSORA: Karangwa uvugwaho guhimbira Nkundabanyanga ibyaha bya jenoside arashakishwa

Iyi foto ntabwo ari iya Karangwa Charles nk'uko twari twabitangaje, ahubwo ni iya Tuyisenge Claude

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) ruravugwaho gushakisha uwitwa Karangwa Charles uvugwaho guhimbira Nkundabanyanga Eugenie w’imyaka 82 y’amavuko ibyaha bifitanye isano jenoside yakorewe Abatutsi kandi urukiko rwaramugize umwere mu mwaka ushize. Ni nyuma yo guta muri yombi Mbarushimana Jean Pierre bikekwa ko bafatanyije icyaha cyo guhimba inyandiko, tariki ya 31 Mutarama 2023, bose bavugwa muri dosiye ya […]

Abanyamakuru 2 bakorera muri Kivu y’Amajyaruguru bari ku gitutu bashinjwa gukorera M23

Michombero avuga ko abakwirakwije ubu butumwa bashaka kumugirira nabi

Abanyamakuru babiri bakurikirana umunsi ku wundi inkuru z’urugamba rw’ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC na M23, bari ku gitutu bashinjwa gukorera uyu mutwe witwaje intwaro n’u Rwanda. Aba ni Justin Kabumba ukorana na France 24 y’Abafaransa n’ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, na Daniel Michombero ukorera Kivu Habari. Bombi bakorera mu ntara ya Kivu […]

Perezida w’u Bufaransa ategerejwe i Kinshasa

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, ategerejwe i Kinshasa muri Repubulika ya demukarasi ya Congo tariki ya 3 Werurwe 2023. Uruzinduko rwe i Kinshasa ruzaba rukurikiye urwo azaba amaze iminsi agirira mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika birimo: Gabon, Angola na Repubulika ya Congo. Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, APF, bisobanura ko mu ruzinduko rwo muri Gabon […]

Imyanzuro yafatiwe mu nama y’umushyikirano iheruka

Perezida Kagame ku munsi usoza inama y'Umushyikirano iheruka

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko Inama y’Igihugu y’Umushyikirano izaba guhera tariki ya 27 kugeza ku ya 28 Gashyantare 2023, ikazabera muri Kigali Convention Center. Ni inama igiye kuba nyuma y’imyaka ibiri isubitswe bitewe n’icyorezo cya Covid-19 cyari cyugarije Isi, kidasize n’u Rwanda kuko muri Werurwe ya 2020 ni bwo umuntu wa mbere wacyanduye yagaragaye muri […]

Dubai: Irushanwa rya ‘Special force’ ya Polisi ryakomeye kurushaho

Ikipe yari itegereje ko umusifuzi ayiha uburenganzira bwo gutangira

Kuri uyu wa 23 Gashyantare 2023, i Dubai muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu (UAE) hakomeje irushanwa rya Polisi idasanzwe ryitabiriwe n’ibihugu 28 birimo u Rwanda. Uyu munsi waranzwe n’ibyiciro bitandukanye birimo: icyo kurira inyubako ndende, kuyimanuka hifashishijwe imigozi, kurasa hifashishijwe imbunda ebyiri za mudahusha (snipers), kurasa ibipimo bigera kuri 40 no kurira urukuta. Nk’uko babigaragaje […]

Mironko yakatiwe imyaka 2 azira gusuzugura urukiko

Urukiko rw’ikirenga kuri uyu wa 22 Gashyantare 2023 rwahanishije umunyemari Mironko François Xavier igifungo cy’imyaka ibiri kirimo umwaka n’amezi icyenda bisubitse. Ni igihano gikomoka ku rubanza Mironko yaburanaga, aho yavugiye mu cyumba cy’iburanisha ko Inteko y’abacamanza iri kubogama ikamurenganya “nk’uko imaze iminsi ibigenza.” Ni amagambo ashimangira ibaruwa yandikiye urukiko rw’ikirenga. Ikinyamakuru Intego News kivuga ko […]

Dr Kayumba Christopher yagizwe umwere

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwemeje ko Dr Kayumba Christopher adahamywa icyaha cyo gusambanya ku gahato n’ubwinjiracyaha kuri iki cyaha, rutegeka ko ahita afungurwa. Dr Kayumba wabaye umwarimu muri kaminuza y’u Rwanda, umunyamakuru n’umunyapolitiki yatawe muri yombi muri Nzeri 2021, akekwaho gusambanya abakobwa babiri barimo uwari umukozi wo mu rugo rwe n’uwari umunyeshuri ye. Kuva mu […]

Amafoto: Uko ‘special force’ ya Polisi y’u Rwanda iri kwitwara mu irushanwa riri kubera i Dubai

Ikipe ya Polisi y'u Rwanda yari igizwe na batanu

I Dubai muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu (UAE) hari kubera irushanwa ry’abapolisi bo mu mashami asanzwe (special forces) kuva tariki ya 20 Gashyantare 2023. Ibihugu bitandukanye ku Isi byohereje abapolisi muri iri rushanwa. Harimo u Rwanda rwohereje amakipe abiri ya SWAT (Special Weapons And Tactics), Kenya, Libya, Afurika y’Epfo, Angola, Brazil, Chile, Leta zunze ubumwe […]

Umunyarwenya Omondi aragezwa mu rukiko nyuma yo kwigaragambiriza ihenda ry’ibiribwa

Umunyarwenya Eric Omondi uri mu rubyiruko rukunzwe muri Kenya aragezwa mu rukiko nyuma yo gutabwa muri yombi yigaragambiriza ihenda ry’ibiribwa n’ibindi bicuruzwa. Omondi hamwe n’urundi rubyiruko kuri uyu wa 21 Gashyantare 2023 bagiye kwigaragambiriza mu muhanda ugana ku ngoro y’inteko ishinga amategeko basaba ko Leta yagabanya ibiciro by’ibicuruzwa, by’umwihariko ibiribwa. Mu byapa Omondi na bagenzi […]

Prigozhin washinze Wagner arashinja abasirikare bakuru b’u Burusiya ubugambanyi

Yevgeny Prigozhin washinzwe umutwe w’igisirikare cyigenga (uw’abacancuro) wa Wagner PMC arashinja Minisitiri w’ingabo w’u Burusiya, General Sergei Shoigu, n’Umugaba Mukuru w’ingabo z’iki gihugu, Gen. Valery Gerasimov ubugambanyi. Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa Telegram, nk’uko France 24 ibivuga, Prigozhin kuri uyu wa 21 Gashyantare 2023 yatangaje ko aba basirikare bakuru b’u Burusiya bafite uruhare mu […]

Putin yakuye u Burusiya mu masezerano yo guhagarika intwaro kirimbuzi

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko yakuye by’agateganyo igihugu cye mu masezerano yo guhagarika gukora no kudakoresha intwaro kirimbuzi azwi nka New START cyagiranye na Leta zunze ubumwe za Amerika, USA. Putin yabitangarije mu ijambo ‘rikomeye’ yagejeje ku Barusiya kuri uyu wa 21 Gashyantare 2023, ryibanda ku ntambara igihugu cye kimazemo umwaka ubura iminsi […]

Rubavu: Polisi yagize icyo ivuga ko mugabo uvugwaho kugerageza gusambanya umusore

Polisi y’u Rwanda yagize icyo ivuga ku mugabo w’imyaka 30 y’amavuko utuye mu karere ka Rubavu uvugwaho kugerageza gusambanya umusore w’imyaka 17 y’amavuko. BWIZA yakiriye amakuru avuga ko mu mudugudu w’Ubutabazi, akagari ka Kivumu, umurenge wa Gisenyi muri Rubavu hafatiwe uwitwa N.Eric [izina ry’Ikinyarwanda twahisemo kutaritangaza] nyuma yo gukomerekesha icyuma uyu musore, ashaka kumusambanya. Bamwe […]

Maj Gen. Chico yatangaje ko RDC iri gushaka ubufasha muri SADC ngo ihangane n’u Rwanda

Abasirikare ba Repubulika ya demukarasi ya Congo bayobowe n’Umugaba Mukuru wungirije ushinzwe ibikorwa by’igisirikare, Maj. Gen. Chico Tshitambwe bamaze iminsi bagirira uruzinduko mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’amajyepfo, SADC. Ubwo yageraga i Kinshasa, Maj. Gen. Chico yatangaje ko uruzinduko bavuyemo rwari rufite intego yo gukomeza ubufatanye mu bya gisirikare hagati y’ingabo za RDC zizwi […]

Mukuralinda yatangaje ko umuhanzi Gims yahawe amafaranga ngo atuke Perezida Kagame

Umuvugizi wa guverinoma wungirije, Alain Mukuralinda, yatangaje ko ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) bwahaye umuhanzi Gandhi Bilel Djuna uzwi nka MaĂźtre Gims amayero ibihumbi 600 kugira atukire Perezida Paul Kagame mu muhango wo gusoza irushanwa ry’Igikombe cy’Isi ryabereye muri Qatar mu mwaka ushize. Mukuralinda yabivuze asobanura uburyo, mu gihe hagati y’u Rwanda […]

Uwari umunyamakuru wa TV1 yagizwe umuyobozi wa Radio Salus

Munyarugendo ubwo yaganiraga n'abanyamakuru ba Radio Salus

Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda bwagize Munyarugendo Athanase umuyobozi w’agateganyo wa Radio Salus nyuma y’aho Paul Mbaraga wari ufite iyi nshingano kuva mu mwaka w’2019 agiye mu kiruhuko cy’izabukuru. Munyarugendo ufite imyaka 30 y’amavuko yatangarije BWIZA ko Umuyobozi w’ishami ry’ubugeni n’ubumenyi bw’imibanire muri rubanda (College of Arts and Social Sciences) yamushyikirije ibaruwa imushyira muri iyi […]

CG Dan Munyuza yasimbuwe ku buyobozi bukuru bwa Polisi

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakuye ku nshingano Commissioner General Dan Munyuza wari Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe hanze n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, CG Munyuza yasimbuwe na DCG Felix Namuhoranye wari umwungirije. Naho CP Vincent Sano we yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa. Muri Minisiteri y’ingabo, Perezida […]

FARDC irashinja M23 kuyigabaho ibitero bikomeye ku birindiro bine

Igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo (FARDC) kirashinja umutwe witwaje intwaro wa M23 kuzigabaho ibitero bikomeye ku birindiro byacyo bine. Umuvugizi wa Zone ya 3 ya FARDC ifite icyicaro i Goma, Lt Col Guillaume Ndjike Kaiko, asobanura ko M23 yagabye ibi bitero ku birindiro bya Kyahemba, Butchalwichi, Kihusha na Lubula muri teritwari ya Masisi, […]

Perezida Biden yageze muri Ukraine bitunguranye

Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), Joe Biden, yagiriye uruzinduko rutunguranye muri Ukraine kuri uyu wa 20 Gashyantare 2023. Mu murwa mukuru, Kyiv, Biden yakiriwe na mugenzi we uyobora Ukraine, Volodymyr Zelensky, bagirana ikiganiro cyibanda ku bufatanye mu kurwanya ibitero by’ingabo z’u Burusiya. Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, byatangaje ko ubwo Biden yari muri […]

Rutsiro: Umwana w’imyaka 8 yatoraguye igikapu cyatawe na ba mukerarugendo, arakibasubiza

Igikabu cyari cyatawe ni iki uyu mukerarugendo w'ibumoso afite

Umwana w’imyaka 8 y’amavuko utuye mu karere ka Rutsiro mu ntara y’Uburengerazuba yashimiwe nyuma yo gushyikiriza ba mukerarugendo igikapu cyabo yatoraguye. Umuholandikazi Mirka Eikelschulte utuye mu Rwanda, mu butumwa bushimira by’umwihariko uyu mwana,yasobanuye ko inshuti ze zasuraga iki gihugu ku nshuro ya mbere, zaburiye iki gikapu mu muhanda wa Musanze-Kibuye. Mirka yatangaje ko inshuti ze […]

Mukuralinda arasaba urubyiruko kwamamaza ko M23 atari Abanyarwanda

Umuvugizi wa guverinoma wungirije, Alain Mukuralinda, atasaba urubyiruko rw’u Rwanda kwamamaza ko abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 atari Abanyarwanda. Mukuralinda yabivugiye mu kiganiro Ishusho y’Icyumweru cyatambutse kuri televiziyo y’igihugu kuri uyu wa 19 Gashyantare 2023, ashingira ku byemezo byafatiwe mu nama y’abakuru b’ibihugu byo mu karere yabereye i Luanda muri Angola. Yavuze ko muri […]

RDC iravuga ko hari umurongo ingabo za EAC zitagomba kurenga

Guverinoma ya Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) ikomeje kugaragaza ko yinubira kuba ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba ziri mu gihugu cyabo zitarwanya umutwe witwaje intwaro wa M23. Mu gihe izi ngabo ziri mu burasirazuba bw’iki gihugu zigenzura ibice birekurwa na M23, guverinoma ya RDC yo ivuga ko uyu mutwe witwaje intwaro wanze kubahiriza ibyemezo […]

RDC yiyemeje gucyura byihuse impunzi z’Abanyekongo ziba mu Rwanda

Guverinoma ya Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko igiye gucyura byihuse impunzi z’Abanyekongo ziba mu Rwanda. Ni intego yihaye nyuma y’aho abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba ndetse na JoĂŁo Lourenço wa Angola, bari i Addis Ababa muri Ethiopia, basabiye Leta ya RDC gucyura impunzi z’Abanyekongo ziba mu Rwanda na Uganda. Umuvugizi […]

Ambasaderi Muyumba abona ingabo za SADC zikwiye gusimbura iza EAC muri RDC

Senateri mu nteko ishinga amategeko ya Repubulika ya demukarasi ya Congo, wanigeze guhagararira urubyiruko mu muryango wa Afurika yunze ubumwe, Ambasaderi Francine Myumba, abona ingabo z’umuryango wa Afurika y’amajyepfo zikwiye gusimbura iz’uwa Afurika y’iburasirazuba ziri mu gihugu cyabo. Ambasaderi Muyumba gahunda yo kwifashisha ingabo za Afurika y’iburasirazuba ntacyo izafasha mu kugarura umutekano mu burasirazuba bw’igihugu […]

Umwongereza w’imyaka 22 yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda

Umwongereza Ethan Vernon ukinira ikipe ya Soudal-QuickStep yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2023 kavaga mu mujyi wa Kigali kerekeza mu mujyi wa Rwamagana. Abakinnyi 93 bahagarariye ibihugu 28 ni bo batangiye aka gace kareshyaga n’ibilometero 115.5, ahagana saa yine n’iminota 30 z’amanywa. Karanzwe no kwigaragaza cyane k’Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco wegukanye amanota […]

Umunyarwenya ukomeye yasobanuye uburyo Christian Atsu yamukuye mu buzima bugoye

Ubutumwa bwa Atsu kuri Dr Craze wigaga muri kaminuza

Umunyarwenya ukomeye muri Nigeria, Emmanuel Ogonna Iwueke wamamaye nka Dr Craze, yasobanuye uburyo umunyabigwi mu mupira w’amaguru ukomoka muri Ghana, Christian Atsu, yamufashije gutera imbere, amukuye mu buzima bugoye. Ni inkuru yakuruye amarangamutima ya bamwe, by’umwihariko abazi Atsu, mu gihe muri Turukiya haturutse inkuru ivuga ko uyu mukinnyi ari mu bantu barenga ibihumbi 35 mu […]

Tshisekedi yasabye ko umutwe wa FIB wahashyije M23 mu 2013 wakongera kwifashishwa

Tshisekedi mu kiganiro na Guterres ku mutekano muke uri mu burasirazuba bwa RDC

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yasabye ko umutwe kabuhariwe w’ingabo za MONUSCO ufite inshingano yo kugaba ibitero, FIB, wakongera kwifashishwa nk’uko byagenze mu mwaka w’2013 ubwo wahashyaga umutwe witwaje intwaro wa M23, bikawuviramo gusenyuka. Iki cyifuzo yagitangiye mu kiganiro yagiranye n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres, ubwo bahuriraga Addis Ababa […]

Me Mhayimana yatsindiye Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda mu Rukiko rw’Ikirenga

Me Mhayimana (uri ibumoso) hamwe n'abanyamategeko bamwunganiye

Umunyamategeko Me Mhayimana IsaĂŻe yatsindiye Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda mu Rukiko rw’Ikirenga, mu rubanza rwasubirishwagamo ku mpamvu z’akarengane. Uru rubanza rukomoka ku gihano yahawe n’umwanditsi w’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, Nkundimpaye IsmaĂ«l, cy’amande amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 200, amushinja kutaboneka mu nama nteguzarubanza, kandi ari we wahujwe na sisiteme, bityo ngo ibyo byari ugutinza urubanza. Bivugwa […]

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza amaze iminsi aburiwe irengero

Umuryango w’umunyamakuru Jean Paul Nkundineza uvuga ko kuva tariki ya 13 Gashyantare 2023 utazi aho aherereye, ukaba ukomeje kumushakisha. Mukuru wa Nkundineza witwa Rutagengwa Jean LĂ©on yatangaje ko umuryango wabo uheruka amakuru ye ahagana saa saba z’amanywa, ubwo yari mu karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali. Rutagengwa asobanura ko umuryango wegereye urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha […]

Dr Habineza yemeje ko ashobora guhara umwanya w’ubudepite

Dr Frank Habineza uyobora ishyaka DGPR riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije yemeje ko ashobora guhara kandidatire ye ya manda ya kabiri ku mwanya w’umudepite, agahitamo kwiyamamariza uwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda. Umuyobozi mushya wa komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC), Oda Gasinzigwa, aherutse gutangaza ko yifuza ihuzwa ry’amatora y’abadepite n’ay’Umukuru w’Igihugu mu mwaka w’2024, mu rwego […]

Umudepite wo mu Bubiligi arasabira u Rwanda ibihano bikomeye

Umudepite Mark Botenga uhagarariye u Bubiligi mu nteko ishinga amategeko y’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) arasabira u Rwanda ibihano bikomeye mu rwego rw’ubukungu. Botenga, imbere ya bagenzi be, yashinje u Rwanda gufasha umutwe witwaje intwaro wa M23 uri mu ntambara n’ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, aho arugereranya na Ukraine iri kugabwaho ibitero n’u Burusiya. […]

Rubavu: Gitifu wigeze kweguzwa akabyanga yongeye guhanwa

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyakiliba mu karere ka Rubavu, Nyiransengiyumva Monique, nyuma y’imyaka hafi ibiri yegujwe ku mirimo akabyanga, yongeye gufatirwa ibihano. Inkuru yabaye kimomo mu karere ka Rubavu muri Mata 2021 ubwo Gitifu Nyiransengiyumva na mugenzi we wa Nyamyumba, Kazendebe Heritier beguzwaga, bashinjwa kugenda gake mu kuvuza inshingano zabo. Icyo gihe, Kazendebe yeguye “ku […]

Goma: Ibiro by’ingabo za EAC biravugwamo ibibazo by’amafaranga

Ibibazo by’ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba biherereye i Goma muri Repubulika ya demukarasi ya Congo biravugwamo ibibazo by’amafaranga bibangamiye bamwe mu babikoramo bo ku rwego rwa gisivili. Ikinyamakuru Jeune Afrique kuri uyu wa 15 Gashyantare 2023 cyatangaje ko cyabonye inyandiko y’imbere muri biro by’izi ngabo igira iti “Uko byifashe mu biro bikuru by’ingabo” igaragaza uburyo […]

FARDC yatangaje ko yahaye isomo abarwanyi ba M23

Igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, cyatangaje ko cyahaye isomo abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 isomo, mu rugamba rukomereje muri teritwari ya Masisi na Rutshuru. Byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ku rwego rwa gisirikare, Lieutenant Colonel Guillaume Ndjike Kaiko. Lt Col. Ndjike yasobanuriye abanyamakuru ko impamvu FARDC yahaye M23 […]

Ingabo z’u Burusiya zivuga ko zapfubije misile zarashwe na HIMARS z’Abanyamerika

Igisirikare cy’u Burusiya cyatangaje ko cyapfubije misile zarashwe n’intwaro kabuhariwe za HIMARS zakorewe muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), kirasa indege 11 za Ukraine zitagira abapilote. Umuvugizi w’iki gisirikare, Lt Gen. Igor Konashenkov yatangaje ko iki gikorwa cyakozwe n’ingabo zabo zirwanira mu kirere ziri ku rugamba muri Leta ya Luhansk muri Ukraine, tariki ya […]

M23 irashinja General Mugabo kwicisha Abatutsi

Umutwe witwaje intwaro wa M23 urwanira mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) urashinja General Mugabo Hassan uri mu bayobora ibikorwa by’igisirikare muri iki gice gutanga ibwiriza ryo kwica Abatutsi. M23 yabitangarije mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa 15 Gashyantare 2023, ikomoza ku ihuriro ry’ingabo za Leta, FDLR, Mai Mai, Nyatura, APCLS, […]

RDC yatangaje ko nta basirikare bayo barashe ku mupaka w’u Rwanda muri Rusizi

Repubulika ya demukarasi ya Congo yatangaje ko nta basirikare bayo barashe ku mupaka w’u Rwanda wa Rusizi II, mu karere ka Rusizi, intara y’Uburengerazuba. Ni amakuru yatangajwe na Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyepfo, Theo Ngwabidje Kasi, anyuranya n’ayatangajwe n’igisirikare cy’u Rwanda (RDF) ku gicamunsi cy’uyu wa 15 Gashyantare 2023. RDF yatangaje ko mu masaa kumi […]

USA irateganya koherereza Ukraine ‘ibihumbi’ by’intwaro yafashe zivuye muri Iran

Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zirateganya koherereza ingabo za Ukraine ibihumbi by’intwaro zaturutse muri Iran zafatiwe mu bihe bitandukanye mu bwato bwari buzitwaye mu buryo butemewe n’amategeko (forode). Ikinyamakuru Wall Street Journal kivuga ko zirimo imbunda nto 5000 n’amasasu miliyoni 1.6. Byafatiwe mu bwato bwari buvuye muri Iran bikekwa ko zari zohererejwe umutwe witwaje […]

Depite Rwigamba Fidel yapfuye

Umutwe w’abadepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda watangaje ko Depite Rwigamba Fidel yapfuye azize uburwayi mu gitondo cy’uyu wa 15 Gashyantare 2023. Umukuru w’abadepite, Mukabalisa Donatille yatangaje ko Depite Rwigamba yapfiriye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal biherereye mu karere ka Gasabo, mu mujyi wa Kigali. Depite Rwigamba wavutse tariki ya 17 Kanama 1950 yari […]

M23 yemeje ko yimye Top Congo FM uburenganzira bwo gukorera muri Rutshuru

Umutwe witwaje intwaro wa M23 wemeje ko wimye radiyo Top Congo FM yo muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) uburenganzira bwo gukorera muri teritwari ya Rutshuru kubera ko itangaza amakuru abogamye kandi ikaba ikwirakwiza urwango. Iyi radiyo kuri uyu wa 14 Gashyantare 2023 yaraye itangaje ko ubuyobozi bwa M23 bwayihagaritse gukorera mu iyi teritwari […]

Minisitiri Gisaro arashinja u Rwanda gushoza intambara kuri RDC inshuro 5

Minisitiri w’ibikorwaremezo muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), Alexis Gisaro Muvunyi, arashinja u Rwanda gushoza intambara ku gihugu cyabo inshuro eshanu mu myaka 25 ishize. Kuri uyu wa 14 Gashyantare 2023, ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru bakorera i Kinshasa ari kumwe na Minisitiri Patrick Muyaya ushinzwe itumanaho akaba n’Umuvugizi wa guverinoma, Gisaro yavuze ko u […]

Senateri yasohowe mu cyumba cy’Inteko azira imyambarire

Senateri mu nteko ishinga amategeko ya Kenya, Karen Nyamu, yasohowe mu cyumba cy’Inteko azira imyambarire itemewe n’amabwiriza abagenga. Ikinyamakuru Citizen gisobanura ko kuri uyu wa 14 Gashyantare 2023, Senateri Nyamu yagiye mu cyumba cy’Inteko yambaye ijipo ngufi y’igitenge ndetse n’iburuze y’umukara itagira amaboko. Umukuru wa sena, Amason Kingi, yabanje gusomera Senateri Nyamu amabwiriza agenga imyambarire […]

Amafoto: Ingabo z’u Rwanda zatangiye imyitozo kabuhariwe n’iza USA

Aha ingabo z'u Rwanda zakoraga imyitozo yo gutabarana

Ingabo za Leta zunze ubumwe za Amerika zikorera ku mugabane wa Afurika zatangiye gukoresha iz’u Rwanda imyitozo kabuhariwe itandukanye kuri uyu wa 13 Gashyantare 2023. Iyi myitozo yahawe izina rya ‘Justified Accord 23’ (JA23) iri kubera mu kigo cya gisirikare cya Isiolo muri Kenya, kandi yitabiriwe n’ingabo zo mu bindi bihugu birimo Djibouti, Uganda na […]

Umugore wa Perezida Ruto yapfukamye hasi, atakambira Imana ngo ikize Kenya inzara

Rachel ahanagura amarira mu maso mu gihe yifatanyaga n'abandi mu isengesho

Rachel Ruto, umugore wa Perezida William Ruto wa Kenya, yapfukamye hasi, atakambira Imana kugira ngo ikize Kenya amapfa n’inzara byugarije abatuye mu gihugu cye. Ni mu gihe kuri uyu wa 14 Gashyantare 2023 yayoboraga isengesho ryo ku rwego rw’igihugu ryo gusaba Imana gukiza Kenya ibibazo ifite. Ryabereye kuri sitade ya Nyayo mu murwa mukuru, Nairobi. […]

Minisitiri Mitchell yariye indimi ubwo yabazwaga kuri gahunda y’u Rwanda yarwanyaga

Minisitiri mu biro by’u Bwongereza bishinzwe ububanyi n’amahanga, Andrew Mitchell, warwanyaga gahunda yo kohereza by’agateganyo abimukira mu Rwanda mu gihe yari umudepite, yamaze kwisubiraho. Mitchell wari uhagarariye agace ka Sutton Coldfield mu nteko ishinga amategeko mu mwaka ushize, ni umwe mu badepite bamaganiye kure amasezerano ya guverinoma y’u Bwongereza n’iy’u Rwanda yo kohereza aba bimukira, […]

Ingabo za EAC ziritegura kugabana ibice bitandukanye muri Kivu y’Amajyaruguru

Ingabo ziri mu mutwe w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EACRF, ziritegura kugabana ibirindiro bitandukanye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC). Hashingiwe ku cyemezo cyafashwe n’abagaba bakuru b’ingabo zo muri RDC cyo ku wa 9 Gashyantare 2023, byateganyijwe ko iz’u Burundi zizagenzura teritwari ya Masisi, iza Sudani y’Epfo n’iza Kenya zigenzure […]

Gasabo: RIB yafunze Gitifu w’umurenge n’uw’akagari

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Jali n’uw’akagari ka Agateko muri uyu murenge. Gitifu wa Jali, Bucyana Alexis na Ndagijimana Ephrem wa Agateko bakurikiranweho icyaha cyo kwakira ruswa yo kugira ngo batange uruhushya rwo kubaka binyuranyije n’amategeko. Urwego rw’ubugenzacyaha rusobanura ko rwabataye muri yombi aba bayobozi rushingiye ku […]

Ingabo za EAC zategetswe kurasa FDLR

Imikono y'abagaba bakuru b'ingabo za EAC bose bahuriye muri iyi nama

Ingabo z’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) zategetswe kurwanya umutwe witwaje intwaro wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, aho ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC). Ni icyemezo cyafatiwe mu nama yahurije abagaba b’ingabo z’ibi bihugu i Nairobi muri Kenya tariki ya 9 Gashyantare 2023. Aba ni ba General: Jean Bosco […]

Musanze: Pasiteri yafatiwe muri ‘Lodge’ ari kumwe n’umugore w’undi

Pasiteri mu itorero ADEPR utuye mu mudugudu wa Karinzi, akagari ka Kabeza, umurenge wa Cyuve mu karere ka Musanze, E. Habiyambere yatawe muri yombi nyuma yo gufatirwa muri Lodge iherereye mu murenge wa Nyange ari kumwe n’umugore, C. Uwamariya. Habiyambere w’imyaka 45 y’amavuko na Uwamariya w’imyaka 30 batawe muri yombi kuri uyu wa 13 Gashyantare […]

Dubai: PM Ngirente yatangaje ko u Rwanda rwifuza kuzajya rutangira serivisi zose kuri interineti guhera mu 2024

Minisitiri w'Intebe, Dr Ngirente, mu nama mpuzamahanga ya za guverinoma

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yatangaje ko guverinoma y’u Rwanda yihaye intego y’uko guhera mu mwaka w’2024 serivisi zose zazajya zitangirwa kuri interineti mu rwego rwo korohereza abazisaba. Yabitangarije mu nama mpuzamahanga ihuza za guverinoma, iri kubera i Dubai muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu (UAE) guhera kuri uyu wa 13 kugeza ku wa 15 Gashyantare […]

Kutabikora si uko batabishatse: Lt Gen. Kabandana ku batekereza guhungabanya u Rwanda

Lieutenant General Kabandana Innocent yatangaje ko hari abatekereza guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ariko kubishyira mu bikorwa bikabananira. Ubwo yari mu kiganiro n’Abanyarwanda baba ku mugabane w’u Burayi cyari cyerekeye ku munsi w’intwari, Lt Gen. Kabandana wari uhagarariye Minisiteri y’ingabo, yasabwe guhuza ubutwari no kurinda ubusugire bw’igihugu. Uyu musirikare yavuze ko kugira ngo igihugu kibeho kandi […]

Angilikani yo muri Kenya na yo yamaganye iyo mu Bwongereza kubera guha umugisha ubutinganyi

Itorero Angilikani ryo muri Kenya ryageze ikirenge mu cy’iryo mu Rwanda mu kwamagana icyemezo cy’iryo mu Bwongereza, Church of England, cyo kwakira no guha umugisha abashyingiranwa bahuje ibitsina. Ku wa Kane w’icyumweru gishize, iri torero ryo mu Bwongereza rifatwa nk’umubyeyi wa Angilikani yose ku Isi ryafashe icyemezo cyo kwemerera abashyingiranwe bahuje ibitsina kwitabira amateraniro, bagashima […]

U Burundi bwohereje itsinda ryo gutabara abibasiwe n’umutingito muri Turukiya

Guverinoma y’u Burundi yohereje itsinda ry’abatabazi 10 muri Turukiya, rizafasha abagizweho ingaruka n’umutingito wibasiwe iki gihugu na Syria tariki ya 6 Gashyantare 2023. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Albert Shingiro, yatangarije kuri Twitter ko iki gikorwa cyakozwe mu rwego rwo gushimangira umubano mwiza uri hagati y’ibihugu byombi. Minisitiri Shingiro yagize ati: “Twitaye ku bucuti n’ubufatanye […]

Uganda: Hari abacuruzi bagishidikanya kuza mu Rwanda, bakayoboka isoko rya RDC

Bamwe mu bacuruzi bo muri Uganda b’imyaka irimo ibigori, umuceri, ibirayi ndetse n’ibishyimbo bavuga ko bagishidikanya kuza gucururiza mu Rwanda, bagahitamo kuyoboka isoko ryo muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, RDC. Ni ikibazo gikomoka ku gitotsi cyari cyaraje mu mubano w’u Rwanda na Uganda, ndetse kitanakemutse byuzuye kuko, nk’uko ikinyamakuru The East African kibivuga, ubwo […]

Me Kabengera aremeza ko M23 na Twirwaneho ari amakiriro y’Abatutsi muri RDC

Umunyamategeko Ally Kabengera uhagarariye Abanyekongo b’Abatutsi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru aremeza ko umutwe witwaje intwaro wa M23 n’uw’urinda Abanyamulenge wa Twirwaneho ukorera muri Kivu y’Amajyepfo ishobora kuba amakiriro yabo. Me Kabengera ukunze kugaragaza ko Leta ya RDC yirengagiza ukuri kw’ikibazo cy’abarwanyi ba M23, mu butumwa yatambukije kuri Twitter kuri uyu wa 11 Gashyantare 2023, […]

Imanitwitaho bikekwa ko yishwe azira guhinduza igitsina yashyinguwe

Imanitwitaho yabaga muri Louisville kuva mu 2019

Umunyarwandakazi Imanitwitaho ZachĂ©e bikekwa ko yishwe azira kuba yarahinduje igitsina, akaba umugore, yashyinguriwe i Louisville muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA). Imanitwitaho yarasiwe hafi y’uruganda yakoragamo rubika inyama mu bikombe ku gicamunsi cya tariki ya 3 Gashyantare 2023, imiryango yiganjemo irengera umuryango wa LGBTQ ubamo abaryamana bahuje ibitsina n’ababihindura isaba ko hakorwa iperereza ryimbitse. […]

M23 yongeye kumenyesha amahanga ko FARDC iri kuyirashisha imbunda ziremeye n’indege

Umutwe witwaje intwaro wa M23 wongeye kumenyesha Abanyekongo n’amahanga ko ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), imitwe bifatanye n’abacancuro bari kurasa ku birindiro byayo bifashishije imbunda ziremereye, ibifaru n’indege z’intambara. M23 yasobanuye ko kandi ibi bitero biri kugabwa mu bice bya Kibirizi, Kishishe, Kirolirwe, Kabati, Ruvunda no mu nkengero, biri kugera ahatuwe n’abasivili […]