Uwahoze ari umucancuro wa Wagner yasabye Ukraine imbabazi

Andrey Medvedev umaze amezi abiri atorotse bagenzi be bo mu mutwe w’abacancuro wa Wagner PMC ukomoka mu Burusiya, yasabye imbabazi abaturage ba Ukraine. Medvedev ubu uri mu buhungiro muri Poland yatangarije France 24 ko yarwaniye Wagner muri Ukraine kuva Nyakanga kugeza mu Gushyingo 2022, nyuma yo kubitegekwa n’abayobozi bakuru b’uyu mutwe w’abacancuro. Ubusanzwe umuryango mpuzamahanga […]

Rwanda: Abadepite bemeje umushinga w’itegeko riha umugabo ikiruhuko cyo kubyara

Minisitiri Rwanyindo (ubanza iburyo) nyuma y'aho umushinga w'ivururura ry'iri tegeko wemewe n'abadepite

Abadepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda bemeje umushinga w’itegeko rishya riha umugabo uburenganzira bwo kubona ikiruhuko cy’akazi mu gihe cyo kubyara k’umugore we. Uyu mushinga wateguwe na Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo, aho biteganyijwe ko iri tegeko rizahindura itegeko rimero 66/2018 ryo ku wa 30/08/2018 rigenga umurimo. Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo, Kanyindo Karurangwa […]

Umwami Charles III yavugirijwe induru mu gihugu cye

Bamwe bari bafite ubutumwa bubwira Charles III ko atari Umwami wabo

Bamwe mu baturage batuye mu mujyi mushya wa Colchester mu Bwongereza, bavugirije induru Umwami Charles III ubwo yahagiriraga uruzinduko kuri uyu wa 7 Werurwe 2023. Ikinyamakuru Sky News cyatangaje ko Umwami Charles III ubwo yageraga muri uyu mujyi yasuhuza abawutuyemo, ariko bamwe bari bamutegereje bamwakiriza amagambo mabi; bakoresheje ibyapa n’indangururamajwi, gusa ngo yasaga n’utababonye cyangwa […]

Mu Bubiligi hafungiwe umushoramari uvugwa mu mugambi wa ‘coup d’Ă©tat’ muri RDC

Gereza ya Saint-Gilles yo mu Bubiligi imaze amezi atandatu icumbikiye umushoramari umenyerewe mu bucuruzi bwa kajugujugu z’ubwikorezi, Thierry Lakhanisky, aho akekwaho ibirimo kugira uruhare mu icurwa ry’umugambi wo guhirika ubutegetsi muri Repubulika ya demukarasi ya Congo. Ikinyamakuru RTBF cyo mu Bubiligi kuri uyu wa 7 Werurwe cyatangaje ko Lakhanisky yatawe muri yombi tariki ya 13 […]

Mukuralinda aremeza ko abarwanyi ba M23 nibahungira mu Rwanda, bazakirwa

Umuvugizi wa guverinoma wungirije, Alain Mukuralinda, aremeza ko mu gihe abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 baraswaho, bagahungira mu Rwanda, bakwakirwa kandi nta gitangaza cyaba kirimo. Mukuralinda mu kiganiro yagiriye kuri Primo Media Rwanda kuri uyu wa 7 Werurwe 2023, yibukijwe ko M23 yatangaje ko yahagaritse imirwano mbere yo gusubira mu birindiro yahozemo ku kirunga […]

Masisi: Aho guhagarara, imirwano ya M23 na FARDC yakajije umurego

Imirwano yakomeje mu gitondo cy’uyu wa 8 Werurwe 2023 hagati y’umutwe witwaje intwaro wa M23 n’ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, hirengagizwa ubwumvikane bwo kuyihagarika. Hashingiwe ku bwumvikane yagiranye na Perezida wa Angola usanzwe ari n’umuhuza washyizweho n’umuryango wa Afurika yunze ubumwe, kuri uyu wa 7 Werurwe M23 yatangaje ku mugaragaro ko yahagaritse […]

Uwabaye umuyobozi ukomeye muri guverinoma yahamijwe icyaha cyo gusambanya umwana

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwahamije Ruvebana Antoine wabaye Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri yari ishinzwe gukumira ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) icyaha cyo gusambanya umwana, rumukatira igifungo cy’imyaka 10. Rubevana yatawe muri yombi tariki ya 11 Ukuboza 2021. Umuvugizi w’urwego rw’ubugenzacyaha, Dr Murangira Thierry icyo gihe yabwiye itangazamakuru ko uyu yafashwe nyuma y’aho abagore bamuregaga kubasambanya […]

Perezida TouadĂ©ra yashinje ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi guhungabanya umutekano wa CAR

Perezida wa Repubulika ya Centrafrica (CAR), Faustin-Archange TouadĂ©ra, yashinje bimwe mu bihugu byo mu burengerazuba bw’Isi guhungabanya igihugu cye mu rwego rwa politiki n’urw’umutekano. Uyu Mukuru w’Igihugu ubwo yari mu nama mpuzamahanga y’ibihugu bikennye yabereye i Doha tariki ya 5 Werurwe 2023, yavuze ko CAR ifite yasahuwe n’ibi bihugu byifashishije ubu buryo kuva cyabona ubwigenge. […]

Ingabo z’u Burundi zamaze kugera i Sake

Ingabo z'u Burundi zamaze kugera i Sake, ziteguye gusimbura M23 mu birindiro izaba yarekuye

Ingabo z’u Burundi zibarizwa mu mutwe w’umuryango wa Afurika y’iburasirazubam EACRF, zamaze kugera i Sake muri teritwari ya Masisi, zivuye mu mujyi wa Goma zari zimazemo iminsi ibiri. EACRF yatangarije ku rubuga rwayo iti: “Ingabo z’u Burundi ziri muri EACRF zoherejwe i Sake muri Masisi muri gahunda ikomeje y’ingabo za EACRF.” Uyu mutwe w’ingabo za […]

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza baganiriye ku masezerano yakomwe mu nkokora

Perezida Paul Kagame na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, baganiriye ku masezerano yo kohereza abimukira yakomwe mu nkokora n’inkiko kugeza ku rwo ku mugabane w’Uburayi rushinzwe kurinda uburenganzira bw’ikiremwamuntu. Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, bisobanura ko Perezida Kagame na Sunak bavuganiye ku murongo wa telefone kuri uyu wa 6 Werurwe 2023. Aba bayobozi biyemeje gukomeza […]

Kinshasa: Minisiteri y’itumanaho yibasiwe nyuma yo gutangaza ko Macron yamaganye u Rwanda

Minisiteri ishinzwe itumanaho n’itangazamakuru muri Repubulika ya demukarasi ya Congo yibasiwe nyuma yo gutangaza ko Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yamaganye u Rwanda arushinja gufasha umutwe witwaje intwaro wa M23. Perezida Macron ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru hamwe na mugenzi we FĂ©lix Tshisekedi, i Kinshasa tariki ya 4 Werurwe 2023, yavuze ko M23 irimo abanyamahanga […]

Umukuru wa UN yasabye M23 guhagarika imirwano bitarenze igihe yemeye

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yasabye umutwe witwaje intwaro wa M23 kubahiriza icyemezo wafatiye hamwe na Perezida wa Angola akaba n’umuhuza washyizweho n’umuryango wa Afurika yunze ubumwe, cyo guhagarika imirwano guhera kuri uyu wa Kabiri. Ni ubusabe Guterres yanyujije ku Muvugizi we, StĂ©phane Dujarric, kuri uyu wa 6 Werurwe 2023, nk’uko bigaragara mu itangazo […]

Perezida wa Afurika y’Epfo yahinduriye imirimo Dr Nkosazana wabaye umugore wa Jacob Zuma

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yahinduriye imirimo Dr Nkosazana Dlamini wabaye kuva mu mwaka w’1982 kugeza mu 1998 umugore wa Jacob Zuma wayoboye iki gihugu. Dr Nkosazana w’imyaka 74 y’amavuko kuva muri Gicurasi 2019 yari Minisitiri ushinzwe imiyoborere n’ibikorwa bya gakondo. Ni nyuma yo kugira inshingano zitandukanye muri guverinoma, zirimo ushinzwe ibiro bya Perezida, […]

FARDC irashinja M23 kwerekeza ibitero ahari ingabo z’u Burundi

Igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, kirashinja umutwe witwaje intwaro wa M23 ngo “ufashwa n’u Rwanda” kwerekeza ibitero ahari ingabo z’u Burundi zimaze umunsi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Byatangajwe n’Umuvugizi wa guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ku rwego rw’igisirikare, Lt Col. Ndjike Kaiko kuri uyu wa 6 Werurwe 2023, agaragariza amahanga ko […]

Gen. Niyombare na bagenzi be baba bafite ubwoba bw’uko bashobora gutabwa muri yombi

Maj. Gen. Godefroid Niyombare wayoboye igeragerazwa ryo guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza mu Burundi mu mwaka w’2015 hamwe na bagenzi be, baba bafite ubwoba bw’uko bashobora gutabwa muri yombi. Ikinyamakuru SOS Medias Burundi kivuga ko umusirikare wahoze ari General mu ngabo z’iki gihugu afite ubwoba nyuma y’aho Perezida Evariste Ndayishimiye yohereje mu Rwanda intumwa ziyobowe […]

Nintorwa mu 2024, nzahagarika intambara y’u Burusiya na Ukraine mu munsi umwe: Donald Trump

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika yatangaje ko niyongera gutorerwa uyu mwanya mu mwaka w’2024, azahagarika intambara y’u Burusiya na Ukraine mu munsi umwe, nta wundi ubimufashijemo. Trump yabitangarije mu mujyi wa Maryland tariki ya 4 Werurwe 2023 ubwo yari mu nama ngarukamwaka ihuriza hamwe abanyapolitiki batandukanye izwi nka CPAC. Yabwiye […]

Uwayoboraga komisiyo y’amatora yemeje ko ayo Tshisekedi yatsinze yabayemo amakosa

Corneille Nangaa wabaye umuyobozi wa komisiyo y’amatora muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), yatangaje ko mu matora y’Umukuru w’Igihugu yegukanywe na FĂ©lix Tshisekedi mu 2018 habayemo amakosa. Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Jean Marie Kassamba, Nangaa yavuze ko komisiyo y’amatora (CENI) yatangaje umusaruro w’agateganyo wavuye mu matora, urukiko rutangaza ibyavuyemo bidasubirwaho, kandi ngo rwari rufite […]

Imbere ya Tshisekedi, Minisitiri w’ingabo wa RDC yinubiye abasirikare ba EAC

Iyi nama yabaye mu buryo bw'ikoranabuhanga

Minisitiri w’ingabo wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Kabanda Gilbert, yinubiye abasirikare bari mu mutwe w’ingabo w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba uzwi nka EACRF. Mu nama y’abaminisitiri ya 89 yayobowe na Perezida FĂ©lix Tshisekedi mu buryo bw’ikoranabuhanga tariki ya 3 Werurwe 2023, Minisitiri Kabanda muri raporo yakoze, yavuze ko “ingabo z’u Rwanda zitagihishira ukwinjira ku bwinshi” […]

Igisubizo cya Cristiano ku mwana wamubwiye ko Messi ari mwiza kumurusha

Rutahizamu w’ikipe ya Al Nassr muri Saudi Arabia, Cristiano Ronaldo, yasubije mu buryo budasanzwe umuhungu muto wamubwiye ko mukeba we bahatanira uduhigo twinshi mu mupira w’amaguru, Lionel Messi, ari mwiza kumurusha. Tariki ya 3 Werurwe 2023 ubwo Cristiano yinjiraga mu rwambariro nyuma y’umukino Al Nassr yatsinzemo Al Baten, uyu mwana wari hafi y’umuryango yaramubwiye ati: […]

Kinshasa: Umunyemari Mwangachuchu yagejejwe mu rukiko ashinjwa ubugambanyi

Umudepite akaba n’umunyemari Edouard Mwangachuchu ufite sosiyete y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ya Bisunzu Mining ikorera mu gace ka Rubaya muri teritwari ya Masisi, ku wa 3 Werurwe 2023 yagejejwe mu rukiko rukuru rwa gisirikare, ashinjwa ubugambanyi no kubangamira umutekano w’igihugu. Mwangachuchu yatawe muri yombi n’abasirikare bo mu rwego rw’iperereza tariki ya 1 Werurwe 2023 nyuma y’aho […]

MONUSCO irasaba M23 gusubira muri Sabyinyo byihuse kandi nta mananiza

Bintou Keita mu kiganiro n'abanyamakuru i Goma

Misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, MONUSCO, yasabye abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 guhagarika imirwano no gusubira mu birindiro bahozemo mu gice cya Sabyinyo, hatajemo amananiza no gukererwa. Ubu busabe bwatanzwe n’umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita, kuri uyu wa 4 Werurwe 2023 ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru bari mu mujyi wa […]

General Niyongabo yahaye impanuro abasirikare bagiye muri Kivu y’Amajyaruguru

Aba basirikare bavuye mu Burundi kuri uyu wa 4 Werurwe

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Burundi, General Prime Niyongabo, yahaye impanuro abasirikare bagiye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) kuri uyu wa 4 Werurwe 2023. Nk’uko Gen. Niyongabo yari yabimenyesheje Umunyamabanga Mukuru w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), Dr Peter Mathuki, aba basirikare bagiye muri Kivu y’Amajyaruguru kuri uyu wa 4 […]

Fire exchange between Rwanda-DRC forces at Rubavu border

Rwanda Defense Force announced that today at around 17h35, a soldier of the DR Congo army (FARDC) crossed over from DRC and shot at RDF soldiers manning the common border between ‘Grande BarriĂšre’ and ‘Petite BarriĂšre’ in Rubavu District. According to RDF, Rwandan side returned fire, killing the FARDC soldier on the Rubavu side, at […]

RDF yemeje ko abasirikare benshi ba RDC barashe ku birindiro byayo, yicamo umwe

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyatangaje ko ahagana saa kumi n’imwe n’iminota 35 z’umugoroba w’uyu wa 3 Werurwe 2023, umusirikare wa Repubulika ya demukarasi ya Congo yambutse ava mu gihugu cyabo, arasa ku b’u Rwanda bari ku burinzi hagati y’umupaka munini n’umuto wa Rubavu, na bo baramurasa, arapfa. RDF isobanura ko uyu musirikare amaze gupfa, bagenzi […]

Ku mupaka w’u Rwanda na RDC humvikanye amasasu menshi

Ku mupaka munini w’u Rwanda na Repubulika ya demukarasi ya Congo uzwi nka ‘Grande BarriĂšre’ humvikanye amasasu menshi ku mugoroba w’uyu wa 3 Werurwe 2023. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko mu masaa kumi n’imwe habayeho kurasana hagati y’inzego z’umutekano z’ibihugu byombi nyuma y’aho umusirikare bikekwa ko ari uwa RDC yarashwe ubwo yageragezaga kwinjira mu […]

U Burundi bugiye kohereza ingabo muri Kivu y’Amajyaruguru

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Burundi, Gen. Prime Niyongabo, yemeje ko abasirikare babo baroherezwa mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru kuri uyu wa 4 Werurwe 2023. Ni icyemezo yamenyesheje Umunyamabanga Mukuru w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, Dr Peter Mathuki. Kohereza ingabo z’u Burundi muri Kivu y’Amajyaruguru biri mu rwego rwo kubahiriza icyemezo cyafashwe n’abagaba bakuru b’ibihugu byo mu […]

Nigeria: Peter Obi yiyemeje kuvuguruza komisiyo y’amatora, akerekana ko ari we Perezida mushya

Umunyapolitiki akaba n’umushoramari wo muri Nigeria, Peter Gregory Obi, yatangaje ko yiteguye kuvuguruza komisiyo y’igihugu y’amatora, INEC, akerekana ko ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, aho kuba Bola Tinubu. Tariki ya 1 Werurwe 2023, INEC yatangaje ko Tinubu wari umukandida w’ishyaka APC riri ku butegetsi yagize amajwi 36%, akurikiranwa na Atiku Aboubakar wagize 29%, Peter […]

Fayulu abona gushoza intambara ku Rwanda byatuma RDC yubahwa n’amahanga

Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) abona igihugu cyabo cyakubahwa n’amahanga mu gihe cyaba gishoje intambara ku Rwanda yita ‘umushotoranyi’. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 2 Werurwe 2023, Fayulu yagaragaje ko ijwi rirega u Rwanda rya Perezida wa RDC mu nama mpuzamahanga, by’umwihariko iz’imiryango yo ku […]

SADC yohereje abasirikare i Goma

Umugaba Mukuru w'ingabo za Namibia ni we uyoboye iri tsinda

Itsinda ry’ingabo zoherejwe n’umuryango wa Afurika y’amajyepfo, SADC, riri mu mujyi wa Goma muri Repubulika ya demukarasi ya Congo kuva kuri uyu wa 2 Werurwe 2023. Iri tsinda ryakiriwe n’abasirikare batandukanye bo muri RDC barimo Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Gen. Constant Ndima. Umugaba Mukuru w’ingabo za Namibia uriyoboye, Lt Gen. Pinehas Martin, yatangaje […]

Perezida Ndayishimiye yakiriye abasirikare bo mu karere, baganira ku gusubira inyuma kwa M23

Umukuru w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba akaba na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, kuri uyu wa 2 Werurwe 2023 yakiriye itsinda ry’abasirikare bo muri aka karere n’ak’ibiyaga bigari, baganira ku gusubira inyuma k’umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo. Abasirikare yakiriye ni Lt Gen. Silas Ntigurirwa usanzwe ari umujyanama […]

Gen. Mujinga yasobanuye iby’ingabo za Kenya zimaze iminsi muri Kisangani

Komanda w’akarere ka 31 k’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, Brig. Gen. ThimothĂ©e Mujinga yasobanuye impamvu abasirikare ba Kenya bamaze iminsi mu mujyi wa Kisangani. Ni nyuma y’igitutu abaturage ndetse na Perezida w’Inteko ishinga amategeko ku rwego rw’intara ya Tshopo bamaze iminsi bashyira kuri Leta ya RDC, bayigaragariza ko batazi impamvu izi ngabo ziri […]

RSF irasaba Leta y’u Burundi gufungura Irangabiye umaze amezi 6 muri gereza

Umuryango w’abanyamakuru ndengamupaka, RSF, urasaba Leta y’u Burundi gufungura umunyamakuru Floriane Irangabiye umaze amezi atandatu afungiwe muri gereza zitandukanye. Irangabiye yatawe muri yombi n’urwego rw’u Burundi rushinzwe iperereza, SNR, tariki ya 30 Kanama 2022 ubwo yageraga ku kibuga cy’indege cya Bujumbura, avuye mu Rwanda. Abamufunze bamubwiraga ko yagambaniye igihugu cye, agakorana “n’imitwe yitwaje intwaro irwanya […]

Angola yemeje ko yavuganye n’ubuyobozi bwa M23

Ubutegetsi bwa Angola bwemeje ko buherutse kuganira n’abayobozi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC). Byemejwe na Perezida wa Angola, JoĂŁo Lourenço mu kiganiro cyigariye yagiranye n’intumwa yihariye ya Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), LĂ­gia Anjos kuri uyu wa 1 Werurwe 2023. Anjos yamubajije ati: “Bwana Perezida, mu […]

Visi Perezida wa Kenya yamaganye ubutinganyi, abwita ‘ibishitani’

Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yamaganye yivuye inyuma ibikorwa by’abaryamana bahuje ibitsina bizwi nk’ubutinganyi, abyita ibishitani bikwiye kurwanywa n’abarimo Perezida William Ruto. Ubwo yafunguraga ikigega cy’abagore kuri uyu wa 2 Werurwe 2023, Visi Perezida Gachagua yatangaje ko yatunguwe no kumva urukiko rw’ikirenga rushinja Leta kwanga kwandika imiryango iharanira uburenganzira bw’abaryamana bahuje ibitsina n’abandi, bose […]

Gen. Kainerugaba yahawe uburenganzira bwo gukorera ibirori ku mupaka w’u Rwanda na Uganda

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba n’umujyanama we mu bikorwa byihariye by’igisirikare, General Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko yahawe ubureganzira bwo gutegura no gukorera ibirori ku mupaka w’igihugu cyabo n’u Rwanda. Tariki ya 27 Gashyantare, Gen. Kainerugaba yatangarije abamukurikira kuri Twitter ko afite icyifuzo cy’uko mu rwego rwo kwishimira ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna ryabaye […]

Colonel Alfred wa M23 aremeza ko FARDC yavumwe kubera gukorana na FDLR

Colonel Alfred uri mu bayobozi bakuru b’umutwe witwaje intwaro wa M23 aremeza ko ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, zavumwe kubera ko zikorana n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abarimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda. Uyu musirikare ukomoka muri Kitshanga yatangaje aya magambo tariki ya 28 Gashyantare 2023 ubwo abarwanyi ba M23 bayobowe n’intumwa yihariye […]

Kinshasa: Fayulu arasaba UN na AU gukura FDLR muri RDC

Umuyobozi w’ihuriro LAMUKA rigizwe n’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Martin Fayulu arasaba Umuryango w’Abibumbye n’uwa Afurika yunze ubumwe gukura abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa FDLR mu gihugu cyabo. Ubu busabe Fayulu yabutangiye mu itangazo rihamagarira Abanyekongo batuye mu mijyi minini yo muri RDC kwitabira imyigaragambyo y’amahoro yamagana by’umwihariko […]

Nyagatare: Abagizi ba nabi bateze umunyamakuru, bamukomeretsa bikomeye

Abagizi ba nabi bataramenyekana bategeye mu nzira umunyamakuru wa Radio Flash ukorera mu karere ka Nyagatare, Gumisiriza John, bamukomeretsa bikomeye mu mutwe. Kwigira Issa uyobora abanyamakuru bakorera mu ishami ry’iyi radiyo riri muri Nyagatare yatangarije Taarifa ko Gumisiriza yategewe hafi y’umugezi w’Umuvumba, akubitwa ikaro mu mutwe mu ijoro ryo kuri uyu wa 28 Gashyantare 2023, […]

Umuhanzi Fally Ipupa yaganiriye na Perezida w’u Bufaransa ku ntambara ya M23 na FARDC

Fally mu kiganiro na Perezida Macron w'u Bufaransa

Umuhanzi wo muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, Fally Ipupa N’Simba yahuye na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, baganira ku kibazo cy’umutekano muke mu gihugu cyabo, by’umwihariko ku ntambara ya M23 n’igisirikare cya Leta. Fally yatangarije inkuru yo guhura na Macron ku rubuga rwa Twitter, agira ati: “Nishimiye guhura na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron. […]

Inteko ya Uganda yiyemeje guhangana n’abakwirakwiza ubutinganyi bifashishije amafaranga

Inteko ishinga amategeko ya Uganda yiyemeje guhangana n’abakwirakwiza ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina bizwi nk’ubutinganyi bifashishije amafaranga. Umuyobozi w’iyi Nteko, Anita Annet Among, ubwo yari mu kiganiro n’abadepite bagenzi be kuri uyu wa 28 Gashyantare 2023, yatangaje ko batazemera ko hari abakomeza kugurisha indagagaciro z’abenegihugu. Yagize ati: “Ntabwo twishimira kubona indagagaciro z’abanya-Uganda bazangiza. Ntabwo twishimira […]

RDC yarakajwe n’amagambo Perezida Macron yavuze kuri M23

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Christophe Lutundula, yanenze amagambo Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ku ntambara y’umutwe witwaje intwaro wa M23 n’ingabo z’igihugu cyabo. Kuri uyu wa 27 Gashyantare 2023, aganira n’abanyamakuru bari i Paris ku ruzinduko agiye kugirira ku mugabane wa Afurika, Perezida Macron yabajijwe n’umunyamakuru Christian Lusakueno w’Umunyekongo […]

Nigeria: Umunyemari Bola Tinubu yatsinze amatora ya Perezida

Umunyemari Bola Ahmed Tinubu usanzwe ari umuyoboke w’ishyaka APC (All Progressives Congress) riri ku butegetsi muri Nigeria, yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu. Komisiyo ya Nigeria ishinzwe amatora, INEC, kuri uyu wa 1 Werurwe 2023 yatangaje ko Tinubu w’imyaka 70 y’amavuko yatsindiye ku majwi 36%, akurikirwa na Atiku Abubakar wagize 29%, hakurikiraho Peter Obi wagize 25%. Nk’uko […]

Masisi: M23 ntiyorohewe n’urugamba rw’umunsi

Umutwe witwaje intwaro wa M23 ntabwo worohewe n’urugamba rwo kuri uyu wa 28 Gashyantare 2023 rwakomereje muri teritwari ya Masisi hafi y’umujyi wa Sake. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko uyu munsi, M23 yaherukaga gufata ibice bya Mushaki na Rubaya yiriwe iraswaho n’indege za kajugujugu, Sukhoi-25 ndetse n’ibifaru by’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo […]

U Burusiya bwasubije Ukraine ko kwigarurira Crimea ari inzozi itazakabya

Ibiro bya Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya byasubije Ukraine ko kwisubiza igice cya Crimea yambuwe mu mwaka w’2014 bitazashoboka. Umuvugizi w’ibi biro, Dmitry Peskov, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 27 Gashyantare 2023, yatangaje ko Crimea ari igice cy’u Burusiya. Ati: “Crimea ni igice cy’u Burusiya.” Peskov atangaje aya magambo nyuma y’aho tariki ya […]

Indi tariki M23 yahawe yo kurekura ibice yafashe yageze

Indi tariki umutwe witwaje intwaro wa M23 wahawe ngo utangire kurekura ibice wafashe mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) yageze. Iyi tariki, iya 28 Gashyantare 2023, yemejwe n’abagaba bakuru b’ingabo zo mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) ubwo bari bahuriye mu nama i Nairobi tariki ya 9 uku kwezi. Aba […]

Igisubizo cya Perezida Macron ku Munyekongo wamubajije niba hari icyo u Bufaransa buteganyiriza u Rwanda

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron mbere yo gutangira uruzinduko ku mugabane wa Afurika, kuri uyu wa 27 Gashyantare 2023 yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru bari bateraniye mu murwa mukuru, Paris. Ni uruzinduko azagirira mu bihugu bine birimo Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), aho azaba ajyanwe no gukomeza umubano mu nzego zitandukanye, zirimo n’urw’igisirikare. Mu banyamakuru bari […]

Umunyemari Dennis Karera ahangayikishijwe n’abize kaminuza batazi kwandika amabaruwa asaba akazi

Umunyemari Colonel (Rtd) Dennis Karera, nyir’inyubako ya Kigali Heights, ahangayikishijwe n’abize muri kaminuza mu byiciro bibanza badashobora kwandika amabaruwa asaba akazi. Izi mpungenge yazigaragarije mu nama y’igihugu y’Umushyikirano kuri uyu wa 27 Gashyantare 2023, abaza Minisitiri w’uburezi, Dr Uwamariya Valentine uko biba byagenze ngo ireme ry’uburezi ribure no muri kaminuza. Yagize ati: “Haracyari ikibazo hano, […]

Umusore wo muri Gisagara arifuza kuba mu bakire ba mbere 10 mu Rwanda

Umusore wo mu karere ka Gisagara witwa Munyankindi Abraham yatangaje ko afite intego yo kuba umwe mu bakire 10 u Rwanda ruzaba rufite mu myaka 10 iri imbere. Munyankindi ubwo yahabwaga ijambo mu nama y’igihugu y’Umushyikirano yatangiye kuri uyu wa 27 Gashyantare 2023, yavuze ko yize icyiciro cya gatatu cya kaminuza, amaze kurangiza, ajya ashaka […]

Geneva: Tshisekedi yasabye HCR guhuriza RDC n’u Rwanda mu biganiro

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yasabye ubuyobozi bw’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (HCR) guhuriza igihugu cye n’u Rwanda mu biganiro bigamije gufasha Abanyekongo baruhungiyemo gutaha. Tshisekedi yabisabiye mu nama y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu yabereye i Geneva mu Busuwisi kuri uyu wa 27 Gashyantare 2023. Ikibazo cy’izi mpunzi z’Abanyekongo […]

Umunyamakuru Nkundineza yatangaje ko yari yarashimuswe

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza umenyerewe mu nkuru z’ubutabera yatangaje ko mu gihe yaburirwaga irengero, yari yarashimutiwe n’abapolisi kuri hoteli iherereye mu Kiyovu, mu karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali. Mu kiganiro yagiriye kuri Jalas Official, Nkundineza yagize ati: “Nashimuswe n’inzego z’ubutasi ziri mu gice cya Polisi. Barambwiye ngo ‘Ngwino tukubwire, turi inzego z’umutekano’. Ngo […]

Kenya yahaye Turukiya imfashanyo

Guverinoma ya Kenya yahaye iya Turukiya imfashanyo y’ibikoresho bigenewe abagizweho ingaruka n’umutingito wibasiye iki gihugu mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Gashyantare. Muri ibi bikoresho harimo amatente 353, amashitingi 14.245, ibiringiti 26.565, ibiryamirwa 34.705 na tapi 1.261. Byose hamwe bipimye toni 240. Ikinyamakuru Kenyans gisobanura ko Kenya yatanze iyi mfashanyo ibinyujije mu rwego rw’Umuryango w’Abibumbye rushinzwe […]

General Makenga yahishuye ikimenyetso cyatumye abategetsi muri RDC bemera ko M23 atari inyamahanga

Umujyanama wa General Makenga, Bahati Erasto, ageze ku batuye Mushaki ubutumwa yahawe

Umugaba Mukuru w’ingabo za M23, General Sultani Makenga, abinyujije mu mujyanama we Bahati Erasto, yahishuye ikimenyetso cyatumye abategetsi bo muri Repubulika ya demukarasi ya Congo barimo Perezida FĂ©lix Tshisekedi bacururuka, bakemera ko uyu mutwe witwaje intwaro atari uw’Abanyarwanda n’Abagande. Nk’uko byemejwe na Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, Bahati yahishuye iki kimenyetso ubwo yaganirizaga abaturage bo […]

General Kainerugaba yatangaje ko ateganya gusura ‘intwari’ Putin

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni usanzwe ari n’umujyanama we wihariye mu bikorwa byihariye by’igisirikare, General Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganya gusura intwari ye, Vladimir Putin uyobora u Burusiya. General Kainerugaba yatangaje ko nyuma y’aho azasura Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, akazajyayo gushaka uko intambara ‘y’ubusazi’ iki gihugu kimazemo umwaka yarangira. Uyu musirikare yagize ati: “Vuba […]

Perezida Kagame aremeza ko Leta ya RDC yarenze umurongo utukura

Perezida Paul Kagame yatangaje ko ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) bwarenze umurongo utukura ubwo bwahaga umutwe witwaje intwaro wa FDLR ubushobozi bwo kurasa mu Rwanda mu mwaka ushize. Umukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro cyibanda ku mutekano wo mu karere u Rwanda ruherereyemo yagiranye n’umunyamakuru Charles Onyango-Obbo wa The East African, wari i […]

Nigeria: Abatora Perezida bishe umuseseri wari mu buriganya bw’amajwi

Iyi foto (screenshot) yakuwe muri videwo igaragaza abaturage bakubita umuseseri

Abaturage bo muri Nigeria bari bagiye gutora Umukuru w’Igihugu kuri uyu wa 25 Gashyantare 2023 bishe umuseseri wa komisiyo y’igihugu y’amatora wakoraga uburiganya bw’amajwi. Ikinyamakuru Sahara Reporters gisobanura ko aba baturage bakoreye urugomo mu mujyi wa Abuja, nyuma yo gusanga uyu museseri yifungiranye mu cyumba wenyine, atora umukandida uhagarariye ishyaka APC, Bola Tinubu, ku mpapuro […]

Henok Mulueberhan yegukanye Tour du Rwanda 2023, Perezida Kagame amukomera amashyi

Perezida Kagame hamwe na Minisitiri wa siporo, Munyangaju

Umunya-Eritrea Henok Mulueberhan ukinira ikipe ya Green Project yegukanye Tour du Rwanda 2023 yari imaze icyumweru iba. Ni nyuma yo kwegukana agace ka 8 k’ibilometero 75.3 kavaga kuri Canal Olympia ku i Rebero, kagana i Nyamirambo, Nyakabanda, Kimisagara, Nyamirambo, Gitega, Muhima, Kanogo, Rugunga, Gikondo, gasoreza kuri Canal Olympia. Ni agace karebwe na Perezida wa Repubulika […]

Lt Gen. Muganga yasabye APR FC gukina na Musanze FC nk’idafite undi mukino isigaje

APR FC mu myitozo ya nyuma, yitegura Musanze FC irayakirira kuri Stade Ubworoherane

Umuyobozi Mukuru wa APR FC, Lt Gen. Mubarakh Muganga, yasabye abakinnyi b’iyi kipe gukina n’aba Musanze FC nk’abadafite undi mukino basigaje inyuma. Lt Gen. Muganga yabivuze nyuma yo gukurikirana imyitozo ya nyuma ya APR FC yabereye muri Stade Ubworoherane, mbere yo gukina na Musanze FC umukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere kuri uyu wa 26 […]

Tshisekedi yasabiye u Rwanda kwamburwa uburenganzira bwose rufite muri CEEAC

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yasabiye u Rwanda kwamburwa uburenganzira bwose rufite mu muryango w’ubukungu w’ibihugu byo mu karere ka Afurika yo gahati, CEEAC. Tshisekedi yabisabiye mu nama isanzwe ya 22 y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma zo muri CEEAC yabereye i Kinshasa muri RDC kuri uyu wa 25 Gashyantare 2023, […]

Zelensky yibutse umwaka Ukraine imaze mu ntambara, amenyesha u Burusiya ko nta ntsinzi buzabona

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, kuri uyu wa 24 Gashyantare 2023 yibutse umwaka ushize igihugu cye kiri mu ntambara, amenyesha u Burusiya bwayibashojeho ko nta ntsinzi buzigera bubona. Zelensky mu ijambo rirerire yagejeje ku banya-Ukraine, yavuze ko ubwo Abarusiya batangizaga iyi ntambara, babateraga ubwo ko mu gihe batamanika amaboko nta n’umwe uzaba ukiriho nyuma y’amasaha […]

Uwabaye Umuvugizi wa Perezida Ndayishimiye yagizwe Umuyobozi w’urwego rushinzwe itangazamakuru

Alain-DiomĂšde Nzeyimana wahoze ari Umuvugizi wa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yagizwe Umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe itumanaho n’itangazamakuru. Minisitiri w’Intebe, Gervain Ndirakobuca na Minisitiri LĂ©ocadi Ndacayisaba ushinzwe itumanaho, ikoranabuhanga n’itangazamakuru bashyize umukono ku cyemezo giha Nzeyimana iyi nshingano tariki ya 23 Gashyantare 2023. Muri uru rwego, Oscar Nzohabonayo yagizwe umuyobozi w’ishami ry’itumanaho, Aloys Hoziyo agirwa […]