Umusore n’umukobwa bagombaga gushyingirwa kuri uyu wa Gatandatu barafunzwe

Umusore n’umukobwa bagombaga gusezeranira imbere y’Imana kuri uyu wa 11 Gashyantare 2023 bari mu baherutse gutabwa muri yombi n’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) mu mpera z’icyumweru gishize. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yatangaje ko aba bose hamwe batawe muri yombi bakurikiranweho icyaha cy’ubujura no gutera inkunga ibikorwa by’iterabwoba, bifitanye isano n’amafaranga banki ikorera […]

Bujumbura: Perezida Museveni na Samia bananiwe kumvikana na Tshisekedi, basohoka mu nama

Tariki ya 4 Gashyantare 2023, abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), havuyemo Salva Kiir wa Sudani y’Epfo, bahuriye mu nama idasanzwe i Bujumbura mu Burundi, baganira ku buryo uburasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo bwabona umutekano. Gusa amakuru ava mu bitabiriye iyi nama yayobowe n’Umuyobozi Mukuru wa EAC akaba na Perezida w’u […]

Impaka zavutse ubwo ba Colonels bashinjwa gutuma M23 ifata Bunagana basabirwaga kwicwa

Impaka zavutse mu rukiko, ubwo ubushinjacyaha bwasabiraga ba Colonel babiri mu ngabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo igihano cyo kwicwa, bubashinja gutuma umutwe witwaje intwaro wa M23 ufata umujyi wa Bunagana muri Kamena 2022. Aba ni Colonel DesirĂ© Lobo wayoboraga Rejima y’3412 na Colonel Jean Marie Diadia wa Diadia wayoboraga Rejima y’3307, zombi zibarizwa […]

Mali: Abasirikare bakuru 6 bagize uruhare muri ‘coup d’Ă©tat’ bambuwe inshingano

Ubutegetsi bw’inzibacyuho bwa Mali bwambuye inshingano abasirikare bakuru batandatu (6) bagize uruhare rukomeye mu ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye mu mwaka w’2020. Ikinyamakuru Africa News gisobanura abambuwe inshingano ari Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, Umugaba w’ingabo zirinda abayobozi bakuru, Umuyobozi Mukuru w’urwego rushinzwe umutekano, Umuyobozi w’urwego rushinzwe ‘engeering’ mu gisirikare n’Umuyobozi w’urwego rushinzwe ubuzima mu gisirikare. Guverinoma […]

Uhuru Kenyatta yasabye ko ingabo za EAC zoherezwa byihuse mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyaruguru

Umuhuza w’Abanyekongo mu bibazo by’umutekano muke, Uhuru Kenyatta, yasabye ko ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) zoherezwa byihuse mu bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ni ubusabe yatangiye mu itangazo rishimira ibyemezo byafashwe n’abakuru b’ibihugu bya EAC ubwo bari bateraniye i Bujumbura mu Burundi tariki ya 4 Gashyantare 2023. Uhuru yavuze ko ibyemezo byafatiwe i […]

Kinshasa: Umukuru w’abadepite yasabye Tshisekedi gufatira ingamba ingabo za EAC

Umukuru w’umutwe w’abadepite mu nteko ishinga amategeko ya Repubulika ya demukarasi ya Congo, Christophe Mboso Nkodia arifuza ko Perezida akaba n’Umugaba w’Ikirenga, FĂ©lix Tshisekedi yazafatira ingamba ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) ziri mu gihugu cyabo. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ubwo yari kumwe n’abandi bayobozi barimo Minisitiri w’ingabo, Kabanda Gilbert, Mboso yatangaje ko ingabo za […]

Perezida wa Angola yaba yarasabye RDC kuva muri EAC

Tshisekedi na Lourenço baganiriye ku mutekano muke wo mu burasirazuba bwa RDC

Biravugwa ko Perezida wa Angola, JoĂŁo Lourenço aherutse gusaba mugenzi we uyobora Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) ko igihugu cye cyava mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), niba gishaka kugarura amahoro mu burasirazuba bwacyo. Tariki ya 7 Gashyantare 2023, Perezida FĂ©lix Tshisekedi wa RDC yagiriye uruzinduko muri Angola, yakirwa na Lourenço, bagirana ikiganiro cyari […]

Kenya: Igikuba cyacitse ubwo ‘abapolisi bataramenyekana’ bagotaga urugo rw’uwabaye Minisitiri w’umutekano

Urugo rwa Dr Fred Matiang’i wabaye Minisitiri w’umutekano w’imbere muri Kenya rwaraye rugoswe n’abapolisi bataramenyekana, bica igikuba mu nzego zitandukanye z’igihugu. Ikinyamakuru Citizen cyatangaje ko umubare utazwi w’abapolisi kabuhariwe ba Kenya ari bo baraye bagose urugo rwa Matiang’i ruherereye mu gace ka Karen mu murwa mukuru, Nairobi, mu ijoro. Abanyamategeko ba Dr Matiang’i batangaje ko […]

Perezida Kagame abona Tshisekedi atazigera yubahiriza amasezerano y’amahoro

Perezida Paul Kagame yatangaje ko abona mugenzi we uyobora Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, atazigera yubahiriza amasezerano y’amahoro agamije gukemura aikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bw’igihugu cye. Ubwo yagiranaga ikiganiro n’abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda kuri uyu wa 8 Gashyantare 2023, yibanze ku mubano w’ibi bihugu utameze neza, avuga ko Tshisekedi […]

Umuhanzi Edouce na Miss Delice bibarutse imfura

Umuhanzi nyarwanda Edouce Softman n’umugore we Miss Nyinawumuntu Rwiririza Delice bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana w’imfura. Mu kiganiro yagiranye na BWIZA, Miss Delice yatangaje ko yibarukiye umwaka w’umukobwa mu bitaro bya bya kaminuza y’u Rwanda bya Butare ku wa Mbere tariki ya 6 Gashyantare 2023. Umugore wa Edouce kandi asobanura ko nyuma yo […]

Perezida Zelensky yagereranyije abapilote bari ku rugamba n’Umwami w’u Bwongereza

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky yagiriye uruzinduko rutunguranye mu bwami bw’u Bwongereza kuri uyu wa 8 Gashyantare 2023. Uru ruzinduko rugamije gushimira ubwami bw’u Bwongereza ubufasha bukomeje guha Ukraine mu gihe ihanganye n’u Burusiya, ndetse no gusaba izindi zigezweho. Zelensky akigera i Londres, yakiriwe na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, bagirana ikiganiro, banasobanurira itangazamakuru […]

U Rwanda mu bihugu mbarwa bikoreramo ikigo kigenzura ubwirinzi buhambaye bwa misile

General Kazura hamwe n'abandi bayobozi barimo abo muri RAFAEL, ubwo bafunguraga ibi biro

U Rwanda ruri mu bihugu 8 ku Isi bikoreramo ikigo mpuzamahanga cy’Abisirayeli gikora kikanagenzura ubwirinzi buhambaye bw’ibitero byo mu kirere, by’umwihariko za misile. Iki kigo cya RAFAEL Advanced Defense Systems Ltd ubusanzwe cyakoreraga muri Leta zunze ubumwe za Amerika, u Bwongereza, Australia, Koreya y’Epfo, Brazil, u Buhinde na Thailand. Muri Gicurasi 2022, iki kigo cyafunguye […]

Kabale: Umunyarwandakazi yicishijwe isuka n’umuhungu we wamushinjaga uburozi

Umunyarwandakazi w’imyaka 50 y’amavuko wari utuye mu karere ka Kabale muri Uganda, Provia Busingye yishwe n’umuhungu we Benon Tumwesigye wamushinjaga kuba umurozi. Umuvugizi wa Polisi muri Rejiyo ya Kigezi, Elly Maate yasobanuye ko Tumwesigye yishe umubyeyi we amukubise isuka mu mutwe, nyuma y’aho uruhinja rw’uyu muhungu ruvutse rugahita rupfa. Maate ati: “Byavuzwe ko Benon Tumwesigye […]

General Takirwa yasabye abaganga kutavura abarwayi basambana bahuje ibitsina

Umugaba wungirije w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Maj. Gen. Francis Takirwa yasabye abaganga n’abaforomo kutongera kuvurira mu mavuriro ya Leta abasambana bahuje ibitsina. Ubwo yashyikirizaga ubuyobozi bw’akarere ka Mbarara ibikorwaremezo bishya tariki ya 5 Gashyantare 2023, Maj. Gen. Takirwa yavuze ko bikabije kubona abaryamana bahuje ibitsina, by’umwihariko abagabo, bajya kwivuza uburwayi bwo kwiyitumaho bufitanye […]

Ngabo Karegeya yashyikirijwe ibyangombwa by’ubutaka Leta yahaye ikigo yashinze

Minisitiri w’ibidukikije, Mujawamariya Jeanne d’Arc yashyikirije umushumba witwa Ngabo Karegeya ibyangombwa by’ubutaka Leta iherutse guha ikigo cy’ubukerarugendo yashinze, Ibere rya Bigogwe Tourism Company Ltd. Mu nama y’abaminisitiri yateranye tariki ya 30 Mutarama 2023 ni bwo hafashwe icyemezo cyo kwegurira iyi kampani ubutaka bwo mu Bigogwe kugira ngo ibwifashishe mu guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku bworozi. […]

Abanyarwanda baba mu bice byibasiwe cyane n’umutingito muri Turukiya barokotse

Ambasade y’u Rwanda muri Turukiya yatangaje ko Abanyarwanda barindwi baba mu ntara zibasiwe cyane n’umutingito wo kuri uyu wa 6 Gashyantare 2023 bose barokotse. Umwe mu bakozi bo muri iyi Ambasade yatangarije The New Times ati: “Abanyarwanda bose baratekanye. Dufite Abanyarwanda 7 mu ntara zakozweho. Navuganye n’Abanyarwanda batatu bari muri Gonziantep, imwe mu ntara zakozweho […]

Minisitiri Shingiro yanyuzwe n’urugwiro Perezida Ndayishimiye yagaragarije Paul Kagame

Minisitiri Shingiro aremeza ko uruhare rw'umwe rushobora guhindura dipolomasi

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Ambasaderi Albert Shingiro, yanyuzwe n’urugwiro Perezida Evariste Ndayishimiye yagaragarije mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame. Perezida Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi i Bujumbura tariki ya 4 Gashyantare 2023, nyuma y’imyaka igera kuri 10 atagera muri iki gihugu. Umukuru w’u Rwanda yakiriwe na Ndayishimiye, barahoberana n’urugwiro rwinshi, ndetse bigaragara ko mu maso […]

Cape Town: Tshisekedi na Ramaphosa barateganya kuganira kuri M23 n’u Rwanda

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yageze Cape Town muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye ubutumire bwa mugenzi we Cyril Ramaphosa. Ibiro bya Tshisekedi bisobanura ko yitabiriye inama mpuzamahanga y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Mining Indaba 2023 yatumiwemo na Ramaphosa. Ibi biro byatangaje ko nyuma y’iyi nama, aba bakuru b’ibihugu byombi barafata umwanya wo […]

Nta mishyikirano tuzagirana na M23, nidasubira muri Sabyinyo: Muyaya

Umuvugizi wa guverinoma ya Repubulika ya demukarasi ya Congo, Patrick Muyaya, yatangaje ko nta mishyikirano izabaho hagati yabo n’umutwe witwaje intwaro wa M23 mu gihe utakubahiriza icyemezo wafatiwe cyo gusubira mu birindiro biri hafi y’ikirunga cya Sabyinyo. Muyaya yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 6 Gashyantare 2023, nyuma y’iminsi ibiri abakuru b’ibihugu bigize […]

M23 iravuga ko yabohoje Abanyekongo 300 bari mu maboko ‘y’umwanzi’

Abarwanyi ba M23 bakoze iyi operasiyo yo 'kubohoza' Abanyekongo barenga 300

Umutwe witwaje intwaro wa ARC/M23 uravuga ko wabohoje Abanyekongo barenga 300 bari mu maboko ‘y’umwanzi’ ari we ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, FDLR, Mai Mai n’abacancuro. Perezida wa ARC/M23, Bertrand Bisimwa, yemeza ko operasiyo kabuhariwe yo kuhoboza aba Banyekongo bari barafatiwe bunyago mu kigo cy’abihaye Imana cya Mokoto yabaye ahagana saa tatu z’igitondo […]

Kinshasa: Abarinzi ba Minisitiri w’Intebe bagaragaye bahondagurana n’abadepite

Abarinzi ba Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), Michel Sama Lukonde, bagaragaye bahondagurana n’abadepite bo ku rwego rw’intara ya Kinshasa. Umunyamakuru w’Umunyekongo Stanys Bujakela yatangaje ko uru rugomo rwabaye kuri uyu wa 6 Gashyantare 2023 ubwo aba badepite bari bagiye kwigaragambiriza ku biro bya Minisitiri w’Intebe. Uyu munyamakuru yashyize ku mbuga nkoranyambaga […]

Rubavu: Baravuga ko REG yabangiririje imitungo, ibima ingurane

Aravuga ko ibiti by'imbuto byatungaga umuryango we byatemwe, ntiyahabwa ingurane

Bamwe mu baturage batuye mu kagari ka Muhira, umurenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu, baravuga ko ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu, REG, cyabangiririje imitungo mu gihe cyubakaga umuyoboro w’amashanyarazi, kibima ingurane. Bavuga ko abangiririjwe ibirimo imyaka, amashyamba n’ibiti by’imbuto nka avoka. Bamwe muri bo bahawe ingurane, ariko ngo imyaka ine ishize abandi batarayihabwa. Umukecuru uri […]

Indege ya MONUSCO yarashweho, umupilote ahasiga ubuzima

Indege yo mu bwoko bwa kajugujugu ya misiyo y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, MONUSCO, yarashweho n’abantu bataramenyekana, umupilote wayo ahasiga ubuzima, undi musirikare arakomereka. MONUSCO, mu butumwa yashyize kuri Twitter kuri uyu wa 5 Gashyantare 2023 yasobanuye ko iyi ndege yavaga mu mujyi wa Beni yerekeza i Goma, yarashwe mu masaha ya […]

Bujumbura: Tshisekedi ‘yakanze’ Komanda w’ingabo za EAC

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yakanze komanda w’ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) zikorera mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo. Ubwo abakuru b’ibihugu bya EAC bari bavuye mu cyumba cy’inama yabo yabereye mu muhezo, i Bujumbura kuri uyu wa 4 Gashyantare 2023, Tshisekedi yasohotse, ahurira mu cyumba rusange n’abarimo Komanda […]

Rubavu: Umujura yarashwe mu cyico

Umwe mu bapolisi bakorera mu karere ka Rubavu yarasiye mu mudugudu wa Nyaburanga, akagari ka Nengo mu murenge wa Gisenyi umujura wari wibye telefone. Umusore w’imyaka 23 y’amavuko witwa Byiringiro Dany yatangaje ko abajura babiri bamuteze atashye kuri uyu wa 4 Gashyantare mu masaha y’ikigoroba, bamwambura telefone yari afite ya Tecno Spark 8, umwe arayirukankana. […]

Bruce Melodie yahaye umugore we imodoka ya V8

Ibyishimo byari byinshi mu muryango wa Bruce Melodie

Umuhanzi Bruce Melodie yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ibihe byiza yagiranye n’umuryango we ubwo umugore we yizihizaga umunsi w’amavuko amuha impano y’imodoka yo mu bwoko bwa V8 Ni umunsi umugore we yizihije kuri uyu wa 4 Gashyantare 2023, ari kumwe n’abana be babiri ndetse n’uyu muhanzi. Avuga ku by’uyu munsi, Bruce Melodie yagize ati: “Ejo […]

Ingabo za USA zarashe igipurizo cyari cyarazibujije amahwemo, birakaza u Bushinwa

Igisirikare cya Leta zunze ubumwe za Amerika cyifashishije indege y’intambara ya F-22 gihanura igipurizo kinini (balloon) cyari kimaze hafi icyumweru kizenguruka mu kirere cy’igihugu, nyuma y’impungenge z’uko cyari mu gikorwa cy’ubutasi. Iki gipurizo cyinjiye muri USA mu ntangiriro z’iki cyumweru. Ubutegetsi bw’iki gihugu bwemeje ko ari icy’u Bushinwa kandi ko cyari mu butasi. Icyo gihe, […]

Ingabo z’u Burundi zungutse abakomando bashya

Aba bakomando bagaragaje ubumenyi bakuye muri iyi myitozo burimo ubusaba imbaraga z’umubiri

Igisirikare cy’u Burundi, FDNB, cyatangaje ko cyungutse abakomando bashya 230 kuri uyu wa 4 Gashyantare 2023. Aba bakomando bagaragaje ubumenyi bakuye mu myitozo y’amezi atatu, by’umwihariko ubw’ibikorwa byihariye bya gisirikare, banahabwa impamyabushobozi. Umuhango wo gusoza amasomo wabereye mu kigo cya gisirikare cya Gitega kuri uyu wa 4 nk’uko FDNB yabyemeje iti: “Abakomando bashya 230 b’icyiciro […]

EAC iremeza ko nta ruhande rw’Abanyekongo rukwiye guhezwa mu mishyikirano

Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) uremeza ko nta ruhande na rumwe rw’Abanyekongo rukwiye guhezwa mu mishyikirano y’amahoro igamije gukemuraibibazo by’umutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo. Uyu muryango wabigaragarije mu myanzuro yafashwe n’abakuru b’ibihugu bigize EAC ubwo bari bahuriye mu nama yabereye i Bujumbura mu Burundi kuri uyu wa 4 Gashyantare 2023. […]

Uhuru Kenyatta yambuwe abamurindaga 71

Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya yambuwe abashinzwe umutekano (abasirikare n’abapolisi) bamurindaga bagera kuri 71, asigarana 25. Ikinyamakuru Nation cyatangaje ko abofisiye bakuru bayoboraga itsinda ririnda Uhuru basimbuwe n’abafite amapeti make. Uwagihaye amakuru yagize ati: “Mu bofisiye kabuhariwe 96 bamurindaga, yasigaranye 25, umufasha we afite 5.” Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Kenya, Japhet Koome, yemeje […]

Igipurizo cyabujije amahwemo ingabo za USA, zicyoherereza indege y’intambara

Igipurizo (balloon) kinini kimaze iminsi kibujije amahwemo ingabo za Leta zunze ubumwe za Amerika zikorera muri Leta ya Montana, ndetse byatumye zicyoherereza indege y’intambara yo kugikurikirana. Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, bisobanura ko abofisiye bakuru mu ngabo za USA ubwo babonaga iki gipurizo kizenguruka mu gihugu cyabo, batazi aho giturutse, bahise babaza Perezida Joe Biden niba […]

Perezida Ndayishimiye yatumije inama yihutirwa y’abakuru b’ibihugu bya EAC

Perezida w’u Burundi akaba n’Umukuru w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), Evariste Ndayishimiye, yatumije inama yihutirwa ya ba Perezida bayobora ibihugu biwugize. Iyi nama yateganyijwe kuri uyu wa 4 Gashyantare 2023, i Bujumbura mu Burundi. Byateganyijwe ko aba bakuru b’ibihugu baganira ku kibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo gikomeje gufata intera. […]

Gasabo: Ubwanikiro bw’ibigori bwishe abagera ku 10

Ubwanikiro bw’ibigori buherere mu kagari ka Gasagara, umurenge wa Rusororo mu karere ka Gasabo bwishe abantu bagera ku 10, bashobora no kurenga. Amakuru BWIZA yakiriye avuga ko ubwo igisenge cy’ubu bwanikiro cyari kimaze kugwira abantu bari baburimo, hari ababuze uko bavamo, abaturage, abayobozi n’abo mu nzego z’umutekano bajya gutabara. Imbangukiragutabara (ambulances) na zo yahageze kugira […]

Ba Colonel babiri ba FARDC biyunze kuri M23

Ba Colonel babiri mu ngabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, biyunze n’umutwe witwaje intwaro wa M23 umaze umwaka urenga wubuye imirwano mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Aba basirikare ni Colonel Bahati Gahizi na Lieutenant Colonel Frank Kavujobwa. Amakuru yaturutse muri RDC kuri uyu wa 2 Gashyantare 2023 avuga ko biyunze na M23 baturutse […]

Gufatira mu cyuho uwo mwashakanye asambana bikwiye kuba impamvu yo gutandukana?

Abenshi mu bashakanye bumva ko ikosa ryo gucana inyuma ari rimwe mu yakomeye cyane, ashobora gutuma ako kanya umwe muri bo atekereza kujya gusaba gatanya. Mbese, kwa kundi ufatira mu cyuho umugore cyangwa umugabo wawe asambana n’undi. Uretse no gufatira mu cyuho uwo mwashakanye asambana, hari ugendera ku mabwire, ya magambo y’abantu asenya ingo nyinshi, […]

Ingabo z’u Rwanda zaguye ibirindiro muri Mozambique

Palma iratekanye kuva ingabo z'u Rwanda zagerayo

Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kurwanya ibikorwa by’iterabwoba mu ntara ya Cabo Delgado iri mu majyaruguru ya Mozambique, zaguye ibirindiro byazo muri iki gihugu. Ikigo gikora ubushakashatsi ku mutekano, ISS (Institute for Security Studies) gisobanura ko ubwa mbere mu mwaka w’2021 u Rwanda rwohereje abasirikare n’abapolisi bose hamwe 1000, ariko mu mpera y’2022 […]

Ubushinjacyaha bwagaragaje ‘ishingiro’ ryo gusabira umwana gufungwa imyaka 10

Urwego rw’igihugu rw’ubushinjacyaha rwagaragaje ishingiro ryabwo ryo gusabira igifungo cy’imyaka 10 umwana witwa Nzamwita Ramadhan, rushinja icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge. Nzamwita yagejejwe mu rukiko rwisumbuye tariki ya 31 Mutarama 2023, nyuma y’amakuru yashyizwe hanze n’umunyamakuru Jean Paul Nkundineza wari umaze iminsi afungiwe muri kasho ya Polisi ya Rwezamenyo muri Nyarugenge, akurikiranweho gutwara imodoka yasinze. Nkundineza […]

Burundi: Nta muyobozi wa komini ucyemerewe kuyisohokamo uko yishakiye

Minisitiri ushinzwe umutekano, ubutegetsi n’iterambere mu Burundi, Martin Ninteretse, yategetse abayobozi b’abakomini (ba Musitanteri) kutongera gusohokamo batabanje kubisabira uruhushya umuyobozi w’intara. Ni icyemezo yafashe tariki ya 31 Mutarama 2023 nyuma y’inzinduko amaze iminsi akora mu bice bitandukanye by’igihugu, nk’uko ikinyamakuru Nyaburunga Post cyabitangaje. Ikigamijwe ngo ni ukugira ngo bajye bamara umwanya uhagije mu kazi kabo, […]

M23 ikwiye gusubira inyuma, ariko ntize mu Rwanda: Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yatangaje ko ashyigikiye imyanzuro ya Nairobi n’iya Luanda isaba umutwe witwaje intwaro wa M23 guhagarika imirwano no gusubira inyuma, ariko ngo abarwanyi bayo ntibagomba kuza mu Rwanda. Mu kiganiro aherutse kugirana n’umwanditsi mukuru François Soudan wa Jeune Afrique, Perezida Kagame yagize ati: “M23 ikwiye guhagarika imirwano, igasubira inyuma nk’uko yabisabwe n’akarere. Ntabwo […]

Urugo rwa Dr Kamanzi rwasatswe, akekwaho gucumbikira abarwanyi ba M23

Dr Kamanzi Runigi Emmanuel uyobora ishyirahamwe ry’aborozi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya demukarasi ya Congo rizwi nka ACOGENOKI yatangaje ko urugo rwe ruherereye mu mujyi wa Goma rwasatswe n’abasirikare bo mu rwego rushinzwe iperereza, bakekaga ko yaba acumbikiye abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23. Ni amakuru yatangaje anyomoza ayakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga […]

Umukobwa yemerewe gukoresha impano ya Frw miliyoni 909 yari yarahawe agafatirwa

Umukobwa ukiri muto wo muri Kenya witwa Tebby Wambuku Kago yahawe uburenganzira bwo gukoresha impano y’amadolari angana n’amafaranga y’u Rwanda (Frw) miliyoni 909.9 yahawe n’umushoramari mu by’ifaranga ry’ikoranabuhanga w’Umubiligi, ikamara imyaka ibiri ifatiriwe. Wambuku yasobanuye muri Mata 2021 yahawe aya mafaranga n’uyu mushoramari witwa Marc De Mesel wabaye muri Kenya mu 2017, nk’impano kuko ngo […]

Gen. Kabarebe, Gen. Kazura na Maj. Gen. Murasira bahaye umugisha umukino wa nyuma w’ingabo

Aba ni abasifuzi bayoboye uyu mukino na ba kapiteni b'amakipe yombi

Abarimo General James Kabarebe, Jean Bosco Kazura na Minisitiri w’ingabo, Albert Murasira, bahaye umugisha umukino wa nyuma w’umupira w’amaguru w’ingabo z’u Rwanda. Uyu mukino wabereye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cy’akarere ka Bugesera kuri uyu wa 31 Mutarama 2023, uhuza abasirikare bo mu mutwe urinda abayobozi bakuru b’igihugu, RG (Republican Guard) n’izo mu mutwe ushinzwe ibikorwa […]

Uhuru Kenyatta yongeye kwingingira FARDC na M23 guhagarika imirwano

Umuhuza w’Abanyekongo wagenwe n’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), Uhuru Kenyatta, yongeye kwingingira ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo n’umutwe witwaje intwaro wa M23 guhagarika imirwano. Uhuru yatangaje ko mu gihe imirwano yakajije umurego, kuri uyu wa 31 Mutarama 2023 yagiranye ikiganiro cyihutirwa na komite ngishwanama ya EAC. Iki kiganiro kandi cyanarebaga imirwano ndetse n’ibitero […]

Umunyamerika wambitswe imidali ibiri na Perezida Kagame aherutse gupfa

Umunyamerika wari usanzwe ari umwanditsi akaba n’umugiraneza, Roger Winter wambitswe imidali ibiri y’ishimwe na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, aherutse gupfa. Inkuru y’urupfu rwa Winter yemejwe n’abarimo Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo wabaye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, agira ati: “Ruhukira mu mahoro Roger Winter, umugabo w’ubumuntu bwinshi! Nahuye nawe mbere muri za 90 hanze ya kaminuza […]

Ambasaderi Muyumba yibasiye Leta ya RDC nyuma yo kwirukana abasirikare b’u Rwanda

Umusenateri Francine Muyumba uhagarariye ihuriro FCC rigizwe n’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), yabwibasiye nyuma y’aho bwirukanye abasirikare b’u Rwanda bari mu buyobozi bw’umutwe w’ingabo za Afurika y’iburasirazuba, EACRF. Ambasaderi Muyumba yatangaje ko ubutegetsi bwa RDC bwari bwarabeshye Abanyekongo ko abofisiye b’u Rwanda batabarizwa mu ngabo zigize EACRF, […]

U Burusiya buremeza ko hari intwaro USA yavanye muri Ukraine, izimurira ahandi

Umuyobozi w’ishami ry’ingabo z’u Burusiya rishinzwe gukumira ibitero by’intwaro zangiza ibinyabuzima n’iz’ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba, Igor Kirillov, yatangaje ko afite amakuru y’uko Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) ziri kuvana ubwoko bw’izi ntwaro muri Ukraine, zikoherezwa mu bindi bihugu birimo Poland. Nk’uko ibiro ntaramakuru by’Abarusiya, TASS, bibivuga, kuri uyu wa 30 Mutarama Kirillov yatangaje […]

Tshisekedi yibasiye AU n’indi miryango yo muri Afurika

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yibasiye umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AU) n’indi miryango y’uturere yo kuri uyu mugabane, ayishinja kunanirwa gukemura ibibazo biriho. Mu kiganiro yagiranye n’abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo muri RDC kuri uyu wa 30 Mutarama 2023, Tshisekedi yasobanuye ko uyu mugabane wugarijwe n’ibibazo birimo ihirika ry’ubutegetsi (coup d’états) n’iterabwoba. […]

Kinshasa: Tshisekedi yasabiye abayobozi bo mu Rwanda n’aba M23 ibihano

Tshisekedi ubwo yari mu kiganiro n'abadipolomate bakorera muri RDC

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yasabye Umuryango w’Abibumbye gufatira abayobozi bo mu Rwanda, Leta muri rusange n’ab’umutwe witwaje intwaro wa M23 ibihano bya ‘nyabyo’. Kuri uyu wa 30 Mutarama 2023 ubwo yaganiraga n’abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo i Kinshasa, Tshisekedi yongeye gushimangira ko u Rwanda rufasha umutwe witwaje intwaro wa M23 […]

Umugabo yajyanye umukobwa mu rukiko nyuma yo kumurihirira amashuri, akanga ko bashakana

Tumwine arifuza byibuze miliyoni 15 z'amashilingi

Umugabo w’imyaka 40 y’amavuko witwa Richard Tumwine, uyuye mu gace ka Kanungu muri Uganda, yajyanye umukobwa bakundanaga mu rukiko nyuma y’aho amurihiye amashuri, yayarangiza akanga ko bashaka kandi yari yarabimusezeranyije. Tumwine yasobanuye ko yarihiriye uyu mukobwa witwa Fortunate Kyarikunda mu ishuri ry’amategeko rya LDC, amutangaho igiteranyo cy’amashilingi ya Uganda miliyoni 9. Akirangiza amashuri, ngo yamubwiye […]

Ambasaderi Busingye yasubije umudepite wasabye u Bwongereza kwemeza ko u Rwanda rufasha M23

Depite Lyn Brown yasabye guverinoma ya UK kwemeza ko u Rwanda rufasha M23

Intumwa nkuru y’u Rwanda mu bwami bw’u Bwongereza, Ambasaderi Busingye Johnston, yasubije umudepite witwa Lyn Brown wasabye iki gihugu cyo ku mugabane w’Uburayi kwifatanya n’ibindi bikomeye kwemeza ko u Rwanda rufasha umutwe witwaje intwaro wa M23. Uyu mudepite uhagarariye akarere ka West Ham, ashingiye kuri raporo yashyizwe hanze n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, tariki ya 19 Mutarama […]

Museveni yagereranyije abayobozi basaba ruswa y’igitsina n’ingurube zikwiye icyokezo

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yibasiye abayobozi basaba ruswa y’igitsina kugira ngo batange akazi, abagereranya n’ingurube zikwiye kujya ku cyokezo. Tariki ya 27 Mutarama 2023, ubwo yizihizaga imyaka 37 amaze ku butegetsi, Museveni yamenyesheje abo bireba ko aya makuru ayafite, kandi ngo abayobozi basaba iyi ruswa bagomba gukurikiranwa bagafungwa. Yagize ati: “Numvise abakobwa bakoreshwa […]

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza avuga ko yafunzwe na Polisi arengana

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza umenyerewe mu nkuru z’ubutabera, avuga ko yatawe muri yombi n’abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bakorera mu karere ka Nyarugenge arengana. Nkundineza wari umaze iminsi atagaragara mu kazi, kuri uyu wa 29 Mutarama 2023 yatangarije Jalas Official ko yatawe muri yombi tariki ya 19 Mutarama 2023 ubwo yari yagiye gusura umuryango […]

RDC yihakanye ijwi ryumvikanamo Gen. Omega wa FDLR

Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, Gen. Maj. Sylvain Ekenge Bomusa, yamaganye ijwi rimaze iminsi rikwirakwira ku mbuga nkoranyambaga ryumvikanamo izina rya General Pacifique Ntawunguka (Omega) uyobora umutwe witwaje intwaro wa FDLR. Iri jwi ry’iminota 13 ryumvikanamo uwiswe ‘General Mugabo’ aganira n’uwo yita ‘Excellence’ bivugwa ko ashobora kuba ari Perezida wa RDC, FĂ©lix […]

Umunyamerika yahishuye uko yagerageje kuburizamo ibitero bya USA kuri Saddam Hussein

Scott Ritter (uw'ibumoso wambaye ingofero y'ubururu ya UN) yari mu bakuruye komisiyo y'ubugenzuzi muri Iraq

Scott Ritter, umusesenguzi mu by’umutekano wabaye mu ngabo za Leta zunze ubumwe za Amerika zirwanira mu mazi, ashinzwe ubutasi, akaba n’umwe mu bari bayoboye Komisiyo yihariye y’Umuryango w’Abibumbye yari ishinzwe kugenzura ikoreshwa n’ikorwa ry’intwaro kirimbuzi muri Iraq, yahishuye uko yagerageje kuburizamo ibitero kuri Saddam Hussein ariko bikaba iby’ubusa. Uyu Munyamerika w’imyaka 61 y’amavuko, mu nyandiko […]

Nyuma y’aho Kitshanga ifashwe, abatuye Goma basabwe kudahumbya

Meya w’umujyi wa Goma, Komiseri Kabeya Makossa François yasabye abahatuye kuba maso cyane, bagatanga amakuru ku bantu bose bakeka ko babahungabanyiriza umutekano. Mu itangazo yashyizwe yashyizeho umukono tariki ya 27 Mutarama 2023, Komiseri Makossa yasobanuye ko ahakwiye kugenzurwa cyane ari ahahurira abantu benshi nko mu nsengero, mu mashuri, mu masoko, mu tubari no mu tubyiniro. […]

Intambara ya gatatu y’Isi niba, byose bizahinduka umuyonga: Medvedev

Visi Perezida w’akanama k’u Burusiya gashinzwe umutekano, Dmitry Medvedev, yaburiye abifuza intambara ya gatatu y’Isi kuko ngo ivumbutse ibintu byose biri ku Isi byahinduka umuyonga. Medvedev yavuze aya magambo asubiza Minisitiri w’ingabo w’u Butaliyani, Guido Crosetto wavuze ko u Burusiya bwinjije ibifaru muri Ukraine no ku mbibi buhana n’ibihugu by’Uburayi, iyi ntambara yahita iba. Minisitiri […]

Abasirikare ba FARDC barimo ba Colonel baguye mu mutego, hapfamo 15

Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa CODECO ukorera mu ntara ya Ituri, bateze imodoka zari zitwaye abasirikare b’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo (FARDC) barimo babiri bafite ipeti rya Colonel, hapfiramo 15. Radio Okapi isobanura ko iki gitero cyabereye muri teritwari ya Djugu ku wa 27 Mutarama 2023, ku muhanda Nimero 7 uri hafi ya […]

Papa Francis yamaganye imyumvire ya gikoloni yiganje mu bihugu byo mu burengerazuba bw’Isi

Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yamaganye imyumvire ya gikoloni ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi bifite ku mugabane wa Afurika. Uku kwamagana gukubiye mu butumwa yatangiye mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Associated Press i Vatican, cyari cyerekeye ku ruzinduko ateganya kugirira ku mugabane wa Afurika ku mpera y’uku kwezi. Yagize ati: “Mu Gitaliyani turavuga […]

Trump avuga ko iyo aba akiri Perezida, yari gukemura ikibazo cyo muri Ukraine mu masaha 24

Donald Trump wayoboye Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), avuga ko iyo aba akiyobora iki gihugu yari gukemura ikibazo cy’intambara imaze amezi 11 hagati ya Ukraine n’u Burusiya. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe ‘Truth Social’ kuri uyu wa 26 Mutarama 2023, Trump yagize ati: “N’ubu mbaye ndi Perezida, nashobora kujya mu mishyikirano, nkarangiza iyi […]

Umudepite aribaza niba nta kuntu u Rwanda rwasubirana ubutaka rwambuwe n’abakoloni

Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Nizeyimana Pie, aribaza niba nta kuntu iki gihugu cyasubirana ubutaka cyambuwe buri muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) no mu bindi by’abaturanyi. Kuri uyu wa 26 Mutarama 2023, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yagejeje ku Nteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite uko umubano w’u Rwanda n’ibihugu byo […]