Hagiye kumurikwa robot ishobora gusama ikanabyara 

images 4 8 1755642325

Ubushinwa bwatangaje ko bugiye kumurika robot ya mbere ku isi ishobora gusama no kwibaruka hifashishijwe inda y’ikoranabuhanga (artificial womb). Iyo robot iri gukorwa n’ikigo Kaiwa Technology cyo mu mujyi wa Guangzhou, izatangizwa ku mugaragaro mu mwaka wa 2026. Dr. Zhang Qifeng, uyoboye uwo mushinga, yabivugiye mu nama y’ubumenyi yaberaga i Beijing, avuga ko “ubumenyi bujyanye […]

Trump yahagaritse operasiyo yo kohereza ingabo muri Iran mu ibanga

merlin 148517559 27d6877a 96bb 4117 a3ee 8aa94a47b9bd superJumbo

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahagaritse umugambi wari warateguwe n’igisirikare cy’iki gihugu wo kohereza ingabo ku butaka bwa Iran kugira ngo zifate ububiko bwayo bwa uranium yongerewe ubushobozi. Trump yahagaritse uwo mugambi nyuma yo kuburirwa ko icyo gikorwa cyashoboraga guteza igihombo gikomeye ku ngabo za Amerika, no gukurura intambara ndende mu […]

Icyo FIFA ivuga ku ibura ry’abafana mu gikombe cy’Isi

Screenshot 20260613 121540

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yasobanuye impamvu intebe nyinshi zagaragaye zitarimo abantu mu mikino ya mbere y’Igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma y’uko amashusho yakwirakwijwe agaragaza imyanya myinshi itarimo abafana. Ibi byagaragaye cyane mu mukino wahuje Koreya y’Epfo na Czechia wabereye muri Guadalajara muri Mexique. Nubwo amashusho yerekanaga imyanya myinshi itarimo abantu, FIFA yatangaje ko […]

Iran yahawe miliyari z’Amadolari kugira ngo ihagarike ibitero

UAE leaders 2026 AFP 780x470 1

Raporo yashyizwe hanze n’ibitangazamakuru mpuzamahanga ivuga ko Leta ya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yaba yarahaye Iran amafaranga abarirwa muri za miliyari z’amadolari kugira ngo ihagarike ibitero yayigabagaho mu gihe amakimbirane hagati ya Iran, Amerika na Israel akomeje gukaza umurego. Nk’uko Reuters yabitangaje, UAE yamaze kugeza kuri Iran miliyari eshatu z’amadolari ya Amerika ($3bn), mu […]

Abasirikare ba M23 batangiye gukirigita ifaranga

Screenshot 20260613

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko watangiye guha abasirikare bawo umushahara wa buri kwezi, mu gikorwa ugaragaza nk’intambwe nshya mu kubaka no gutunganya inzego zawo za gisirikare n’ubuyobozi mu bice ugenzura mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru yatangajwe n’abegereye uyu mutwe avuga ko abarwanyi bato ba AFC/M23 batangiye guhabwa nibura $ 100 (Frw […]

Imvugo ya Tshisekedi ‘amatora azategereza intambara nirangira’ ihindura imibare ya Politiki n’intambara muri RDC?

jad20250901 ass rdc tshisekedi non dialogue etrangers

Mu gihe uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kuba isibaniro ry’imirwano hagati y’ingabo za Leta n’imitwe yitwaje intwaro, Perezida Félix Tshisekedi yatangaje ko amatora ateganyijwe mu 2028 adashobora kuba mu gihe ikibazo cy’umutekano kizaba kigihari. Iri jambo ryahise ritera impaka zikomeye muri RDC no hanze yayo. Hari abaryumvise nk’ubutumwa bwo gushyira imbere umutekano […]

Paris: Urukiko Rusesa imanza rwateye ishoti ubujurire bwa Philippe Hategekimana

ubushinjacyaha bw u bufaransa bwasabye ko philipe hategekimana ushinjwa uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 yagezwa imbere y ubutebera 43c5b

Urukiko Rusesa Imanza rwo mu Bufaransa, ku wa Gatanu rwateye utwatsi ubujurire bw’Umunyarwanda Philippe Hategekimana uzwi kandi nka Biguma, rugumishaho igihano cy’igifungo cya burundu yari yarahawe nyuma yo guhamywa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Aya makuru yemejwe n’abarimo Me Gisagara Richard, umunyamategeko ukorera Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bufaransa. Yanditse ku rubuga rwe […]

Vestine na Dorcas batandukanye na MIE ya Irené Murindahabi

Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine na Kamikazi Dorcas, batangaje ko bahagaritse ku mugaragaro imikoranire bari bamaze igihe bafitanye na MIE Empire y’umunyamakuru Irené Murindahabi. Aba baramyi mu itangazo bashyize ahagaragara, bavuze ko iki cyemezo bagifashe nyuma yo kugitekerezaho no kugisesengura igihe kirekire, bagamije gukomeza urugendo rwabo rw’umuziki mu buryo bwigenga. Bagize […]

Minembwe: Ibitero bya Sukhoi byahitanye abantu ndetse bisenya ingo z’abaturage

HKnkkvkXwAAs g2

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 12 Kamena 2026, ku isaha ya 10:30 z’igitondo ndetse no ku isaha ya 2:45 z’amanywa, ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zateye ibisasu muri centre ya Minembwe hakoreshejwe indege z’intambara za Sukhoi-25, abantu benshi babigenderamo ndetse amazu menshi arasenyuka. Biravugwa ko hari imiryango yatabwe mu matongo kubera ibyo bitero nk’uko […]

Fayulu bamumeneye umutwe mu myigaragambyo yo kwamagana ko Tshisekedi ahindura Itegeko Nshinga

IMG 20260612 144405 195

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC, Martin Fayulu, yakomerekeye mu myigaragambyo yabereye i Kinshasa, yari igamije kwamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga no gutegura referandumu ishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi. Iyo myigaragambyo yari yateguwe n’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, ashinja Tshisekedi gushaka inzira yamufasha kuguma ku butegetsi nyuma ya manda ye ya kabiri igomba kurangira […]

Abasirikare b’u Burundi bishe abapolisi 3 b’Abanyekongo

amvs H8g7P5clZ2S

Abapolisi batatu bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bishwe mu ijoro ryo ku wa Kane, rishyira kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 12 Kamena 2026, nyuma kurasirwa n’Ingabo z’u Burundi ku mazi y’Ikiyaga cya Tanganyika. Abapolisi bishwe bari ku irondo ku Kirwa cya Ubwari, ahitwa Mizimu muri Gurupoma ya Ubwari nk’uko amakuru agera kuri […]

Impanuro za Perezida Kagame kuri ba Ofisiye 108 basoje amasomo i Nyakinama

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yasabye ba Ofisiye Bakuru 108 barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama kurangwa n’ubutwari, ubushishozi ndetse no kugira intego ibayobora mu nshingano zabo za buri munsi. Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Kamena, mu muhango wo gutanga impamyabushobozi ku basoje ayo masomo […]

Nyaruguru: Hari kubakwa umuhanda wa Frw miliyari 16 witezweho koroshya ubuhahirane

IMG 20260612

Abaturage bo mu karere ka Nyaruguru bavuga ko umuhanda wa kaburimbo uhuza imirenge y’aka karere n’igihugu cy’u Burundi uri kubakwa uzabafasha gukemura ibibazo byari bimaze imyaka bibugarije, birimo ibihombo byaterwaga n’imihanda mibi ndetse no kugorwa no kugeza umusaruro ku masoko. Uyu muhanda wa Chip Seal ureshya n’ibirometero 18 watangiye kubakwa muri Kamena 2025, bikaba biteganyijwe […]

Zari Hassan na Shakib batandukanye 

photo output 9 edited scaled 1

Umunyamideli akaba n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda, Zari Hassan, hamwe n’umugabo we Shakib Cham, batangaje ko bamaze gutandukana nyuma y’imyaka itanu bari mu mubano. Mu itangazo bashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, aba bombi bavuze ko bafashe iki cyemezo nyuma yo gusanga bafite ibyo batumvikanaho bitagishoboye gukemurwa. Bagize bati: “Nyuma y’imyaka […]

Mu bimukira 15 boherejwe muri RDC bavuye muri Amerika hasigaye umwe

69e91ec10cc3e.image

DRC irimo gusuzuma ingaruka z’amasezerano y’abimukira yagiranye na Washington. Itsinda rya mbere ry’abantu, bakomoka muri Peru, Colombia, na Equateur, bageze i Kinshasa ku itariki ya 17 Mata. Hafi ya bose ariko barahavuye. Nk’uko Minisitiri w’intebe wungirije Jacquemain Shabani abitangaza, ngo mu bimukira cumi na batanu birukanwe muri Amerika kandi bageze i Kinshasa ku itariki ya […]

Umutoza Jose Mourinho yasubiye muri Real Madrid

GettyImages 2257917550.jpg

Ikipe ya Real Madrid yemeje ko yagaruye Jose Mourinho nk’umutoza mukuru. Uyu munya-Portugal w’imyaka 63 yemeye amasezerano y’imyaka itatu, azatangira akazi tariki 13 z’ukwezi gutaha kwa Nyakanga. Real yishyuye Benfica miliyoni 15 z’ama-euro y’ikiguzi ku masezerano Mourinho bita ‘The special one’ yari agifite muri iyo kipe y’iwabo. Agarutse i Bernabeu nyuma y’imyaka 13 ahavuye nk’umutoza […]

U Rwanda rurashima umubano warwo ugenda ukura na Zimbambwe

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe yifatanyije na Ambasade ya Zimbabwe i Kigali mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 46 y’ubwigenge bwa Repubulika ya Zimbabwe. Mu ijambo rye, yashimye ubufatanye bugenda bwiyongera hagati y’u Rwanda na Zimbabwe mu nzego z’ingenzi zirimo uburezi, ingufu, amahoro n’umutekano, ubuhinzi, ubucuruzi, na diplomasi. Yashimye kandi […]

Juba: Abasirikare b’u Rwanda batanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu ku baturage barenga 200

HKjqE1GX0AAoHtY

Ingabo z’u Rwanda zigize Rwanbatt-1 hamwe n’abapolisi b’u Rwanda (RWA-FPU III) bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, ku bufatanye n’ Umuryango witwa Society for Family Health, kuwa Kane, batanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu ku baturage barenga 200 bo mu gace ka Gudele i Juba muri Sudani y’Epfo. Iki gikorwa kirakomeza uyu munsi n’ejo, […]

Kabila yaburiye abanye-Congo ko igihugu cyabo kiri kugana ku butegetsi bw’igitugu

20260612 064010

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaburiye abaturage b’iki gihugu ko bari mu nzira igana ku butegetsi bw’igitugu, mbere yo kubahamagarira guhagurukira umugambi uriho wo guhindura Itegeko Nshinga. Bikubiye mu butumwa yabageneye ku wa Kane tariki ya 11 Kamena, mu gihe muri Congo Kinshasa hari umugambi wa Perezida Félix […]

Nzakomeza kwamagana igitero cy’u Rwanda kuri RDC kugeza igihe ingabo zarwo zizavira ku butaka bwayo: Minisitiri Prévot w’u Bubiligi

IMG 20250819

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, yavuze ko azakomeza kwamagana icyo yise igitero cy’u Rwanda kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugeza igihe ingabo zarwo zose zizaba zaviriye ku butaka bw’iki gihugu. Prévot yabitangaje mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X kuri uyu wa 11 Kamena 2026, nyuma y’uko hari abamunenze bavuga ko yahinduye […]

Depite Icyitegetse Venuste yeguye mu Nteko Ishinga Amategeko

Depite Icyitegetse Venuste wari uhagarariye urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, yeguye kuri uyu mwanya yari amazeho hafi imyaka ibiri. Aya makuru yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X kuri uyu wa Kane, aho yavuze ko yeguye ku mpamvu ze bwite. Yagize iti: “Ku wa 11 Kamena 2026, […]

Minisitiri w’Ingabo w’u Bwongereza yeguye

ad242322b8bec1cb30a7340435033d94Y29udGVudHNlYXJjaGFwaSwxNzM0ODg0Nzk0 2.78526531

Minisitiri w’Ingabo w’u Bwongereza, John Healey, yeguye ku mirimo ye nyuma y’amakimbirane yagiranye na Guverinoma ya Minisitiri w’Intebe Keir Starmer ku bijyanye n’ingengo y’imari igenerwa urwego rw’ingabo. Healey yatangaje ubwegure bwe kuri uyu wa Kane, avuga ko Guverinoma n’Ikigega cya Leta (Treasury) banze gutanga amafaranga ahagije akenewe kugira ngo igihugu cyitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bikomeje […]

Ni gute Amerika yigize umupolisi w’isi?

1900 to 1945 united states global

Iyo umuntu arebye uko isi imeze muri iki gihe, biragoye kudatekereza kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni igihugu gifite ubukungu bunini ku isi, igisirikare gifite ubushobozi budasanzwe, ndetse kikaba gifite ijambo rikomeye mu byemezo byinshi bifatirwa ku rwego mpuzamahanga. Kuva mu Nama y’Umuryango w’Abibumbye kugeza ku bibazo by’umutekano bibera mu bice bitandukanye by’isi, Amerika […]

I Buruseli: Louise Mushikiwabo yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi

HKh9yMjWoAA5lie

Kuri uyu wa Kane, itariki 11 Kamena 2026, Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi,Maxime Prévot, yakiriye Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie, Louise Mushikiwabo, washimye ubufatanye bwiza hagati y’Ubwami bw’u Bubiligi na OIF (Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa). Ibiganiro byibanze ku byo Francophonie ishyize imbere mbere y’inama ya Phnom Penh, ndetse no ku […]

Umugore wigeze gufatirwa i Kanombe yasabye abakobwa kugenzura mu bibuno by’abakunzi babo

bad black edited

Umugore wamamaye ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda, witwa Shanitah Namuyimbwa, uzwi ku izina rya Bad Black, yasabye abakobwa kujya bagenzura, bakitegereza mu bibuno by’abakunzi babo, kugira ngo bamenye uko ubusugi bwabyo buhagaze. Uyu mubyeyi abinyujije kuri paji ye ya Instagram, yagiriye inama abakobwa, yemeza ko gukora ibi byabafasha kutisanga bashakanye n’abagore bagenzi babo. Yagize ati: […]

Ikipe nshya yo mu Bwongereza yaba igiye kwambara Visit Rwanda nyuma ya Arsenal

skysports arsenal rwanda 7085883

Ikipe ya Aston Villa yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bwongereza, biravugwa ko yaba iri mu nzira zo gukorana n’u Rwanda biciye muri gahunda ya Visit Rwanda. Urubuga Read Aston Villa rukunze kwandika kuri iriya kipe ibarizwa mu mujyi wa Birmingham wa kabiri munini mu Bwongereza, rwatangaje ko Visit Rwanda iri mu mazina ari kuvugwa […]

U Busuwisi buracyashidikanya ku cyerekezo cy’ibiganiro bya Kinshasa na AFC/M23

103573

Mu gihe ibiganiro hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byari byitezwe kongera kubera mu Busuwisi mu ntangiriro z’uku kwezi, byasubitswe kubera kutumvikana ku ngengabihe n’ibizibandwaho. Ibi bikomeje gutuma havuka impungenge ku hazaza h’uru rwego rw’ibiganiro no ku bushake bw’impande zihanganye bwo kugera ku mahoro arambye. Nyuma y’ibiganiro byabereye i Montreux […]

Johannesburg: Abantu 12 biciwe mu gitero cy’abantu bitwaje intwaro

6a29416d39dbf.image

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri ushize, byibuze abantu 12 barapfuye abandi icyenda barakomereka ubwo abantu bitwaje imbunda barasaga mu gace gatuwe cyane n’abakene muri Cleveland, mu burasirazuba bwa Johannesburg, nk’uko byatangajwe na polisi ku wa Gatatu. Polisi mu itangazo ryayo yatangaje ko batangiye guhiga abantu barenga 10 bakekwa nyuma y’igitero cyagabwe mu gace ka […]

U Burundi bwavuze kuri Ambasaderi Njebarikanuye bwahamagaje nyuma yo guhura na Mushikiwabo 

20260611 112822

Guverinoma y’u Burundi yatangaje ko kuba yarahamagaje Ambasaderi w’iki gihugu mu Bufaransa akanaba n’uhagarariye icyo gihugu mu Muryango Mpuzamahanga w’Ibihugu Bikoresha Igifaransa (OIF), ntaho bihuriye no kuba yari yahuye n’Umunyamabanga Mukuru w’uriya muryango, Louise Mushikiwabo. Ku wa 3 Kamena ni bwo Gitega biciye muri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Édouard Bizimana, yasabye Ambasaderi Spès-Caritas Njebarikanuye guhita […]

Iran yongeye kwihorera kuri Amerika

6a2a75f4602a96a2a75f4602aa17811676046a2a75f4602a76a2a75f4602a8

Umwuka mubi hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika wongeye gukaza umurego nyuma y’uko Iran itangaje ko yagabye ibitero byo kwihimura ku birindiro bya Amerika biri muri Bahrain, Kuwait na Jordan. Ibi bibaye nyuma y’uko Ingabo za Amerika zigabye ibitero ku ntego zitandukanye muri Iran, zivuga ko zabikoze mu rwego rwo kwirwanaho no […]

Umuvugizi wungirije wa RDF yagaragaje uburyo yubaka icyizere mu Banyarwanda

HKeFMSPXcAAbAF2

Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Lt Col Simon Kabera, kuwa Gatatu yifatanyije na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, ndetse na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, mu kiganiro nyunguranabitekerezo cyabereye mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), wabereye muri Kigali Golf Resort and Villas i Nyarutarama. Iki kiganiro cyibanze ku byihutirwa biri […]

Abamaze kwiyandikisha muri sisitemu ya e- ndangamuntu bageze kuri 90%

90534

Abamaze kwiyandikisha muri sisitemu y’Indangamuntu Koranabuhanga (e-Indangamuntu) baratanga icyizere kuko mu Ntara abaturage bamaze kwitabira bageze ku gipimo cya 98% nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC).  Muvunyi Prince ushinzwe irangamimerere muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, yavuze ko aho abantu bitabiriye gahunda yo kwiyandikisha muri sisitemu e-Indangamuntu mu Mujyi wa Kigali byageze kuri 98% mu gihe […]

Abanya-Sudani bavugwagaho gukorera urugomo i Musanze birukanwe mu Rwanda

Screenshot 20251121

Abanyeshuri umunani bakomoka muri Sudani y’Epfo bigaga muri Kaminuza ya INES Ruhengeri mu Karere ka Musanze, birukanywe ku butaka bw’u Rwanda basubizwa iwabo, nyuma yo kugaragara mu bikorwa by’urugomo byari bimaze igihe bivugwa muri aka karere. Mu minsi ishize, abatwara abantu n’ibintu kuri moto bakorera i Musanze by’umwihariko ahazwi nko kuri Kalisimbi, bagaragaje impungenge z’abanyamahanga […]

Amerika igiye guha ibihugu birimo u Rwanda miliyoni 20$ yo guhangana na Ebola

Ebola

Leta ya Amerika yatangaje miliyoni 20 z’amadorali yo gutera inkunga ibikorwa byo kwitegura guhangana na Ebola mu Burundi, Kenya, u Rwanda, na Sudani y’Epfo; igiteranyo kikaba kimaze kuba miliyoni zirenga 220 Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimaze gushora muri uru rugamba. Nk’uko byatangajwe na department ya Leta kuri uyu wa Gatatu, itariki 10 Kamena, ibinyujije […]

Muhanga: Umugabo w’imyaka 54 akurikiranweho kwica mushiki we

ingoro y ubutabera y urukiko rwisumbuye rwa muhanga 1f851

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bukurikiranye umugabo w’imyaka 54 y’amavuko ukekwaho kwica mushiki we w’imyaka 66 y’amavuko amukubise igifunga cy’isuka mu mutwe bapfa amakimbirane ashingiye ku mitungo.  Icyaha akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 16/05/2026 mu Mudugudu wa Nyabisindu, Akagari ka Mutara, Umurenge wa Mwendo, mu Karere ka Ruhango ubwo uregwa yasangaga mushiki we mu […]

Amerika yagabye ibitero bishya kuri Iran nyuma y’ibikangisho bya Trump

6c460b30 651e 11f1 ac28 17d6b833da1d.jpg

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye ibitero bishya ku ntego za gisirikare muri Iran, mu gihe umwuka w’intambara ukomeje kuzamuka hagati y’impande zombi. Ibi bitero byagabwe nyuma y’amasaha make Perezida Donald Trump atangaje ko Amerika izakoresha “imbaraga zikomeye cyane” mu gihe Iran yakomeza ibikorwa Washington ifata nk’ubushotoranyi. Igisirikare cya Amerika cyatangaje ko ibyo bitero byibanze […]

Abarimo Lt. Gen (Rtd) Karake na Maj. Gen Bayingana bahawe imirimo mishya

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kamena yakoze impinduka muri Guverinoma zasize ashyizeho abayobozi bashya mu nzego zitandukanye za Leta, barimo abaminisitiri, abanyamabanga ba Leta, abayobozi b’ibigo bya Leta n’abadipolomate bazahagararira u Rwanda mu mahanga. Izi mpinduka zatangajwe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, zishingiye ku bubasha Perezida ahabwa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika […]

FARDC irigamba kwisubiza Mikenke 

GL7JtvoWgAAyN

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zatangaje ko zongeye kugenzura agace ka Mikenke ko mu misozi miremire ya Minembwe, nyuma y’iminsi ibiri kigaruriwe n’umutwe wa Twirwaneho. Umuvugizi wa FARDC mu bikorwa bya gisirikare mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, Lt. Reagan Mbuyi Kalonji, yavuze ko Mikenke yongeye gufatwa nyuma y’igitero cyo kuyisybiza cyagabwe n’igisirikare […]

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje impamvu u Burundi ari bwo nyirabayazana y’izamba ry’umubano wabwo n’u Rwanda 

1781104004190 1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko muri iki gihe u Burundi n’u Rwanda bitabanye neza, bitewe n’iki gihugu cy’igituranyi. Umubano w’ibihugu byombi wongeye kuzamo ibibazo guhera mu mpera za 2023, ndetse muri Mutarama 2024 u Burundi bufata icyemezo cyo gufunga imipaka yabwo n’u Rwanda. Minisitiri Nduhungirehe mu kiganiro yagiranye na B&B Kigali, yavuze […]

Nyuma y’iminsi ibiri FARDC itangaje ko yatangiye guhiga FDLR, yayihaye imbunda 700

HEmkIFYXwAA8A95

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yahishuye ko nyuma y’iminsi ibiri ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zitangaje ko zatangije ibikorwa byo guhiga umutwe wa FDLR mu mpera za Werurwe uyu mwaka, zawuhaye ibikoresho bya gisirikare birimo imbunda 700. Ku wa 29 Werurwe ni bwo Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za FARDC, […]

AFC/M23 yateye utwatsi ibirego bya HRW

FB IMG 1765893512071

Ihuriro rya AFC/M23 ryamaganye ryivuye inyuma raporo yasohowe na Human Rights Watch kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 10 Kamena 2026, isanga ari inyandiko ibogamye cyane, yatoranyije, irangwa n’ibintu bidasobanutse neza, kandi idahuye n’ukuri kuri aho ibintu bibera. Mu itangazo yashyize ahagaragara ivuga kuri iyi raporo, AFC/M23 ivuga ko uyu muryango, uvuga ko urengera uburenganzira […]

Amerika yasabye u Bubiligi gukumira Abanyekongo

7779218

Kuri uyu wa Gatatu, ikinyamakuru De Morgen na Het Laatste Nieuws cyatangaje ko Amerika yasabye u Bubiligi, binyuze kuri Ambasaderi Bill White, gushyiraho icyemezo cyo kubuza abenegihugu ba Congo kwinjira muri iki gihugu mu rwego rwo kurwanya icyorezo cya Ebola. Abadipolomate b’Abanyamerika bakorera mu Burayi bemeje ko bahawe amabwiriza na Washington yo kuburira ibihugu bakoreramo. […]

HRW yongeye kugaba igitero ku Rwanda

b0e808d0 dfc6 11ef b19c 01e477466c43.jpg

Raporo y’umuryango utegamiye kuri leta uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW), yasohotse kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 10 Kamena, irashinja ihuriro AFC / M23 n’Ingabo z’u Rwanda gukora ibyaha byinshi, bavuga ko ari ibyaha by’intambara, mu nkambi ebyiri za gisirikare ziri muri Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa DRC. Iyi raporo ivuga ko nyuma y’ifatwa ry’Umujyi […]

Umwana w’imyaka 16 yasambanyijwe n’abagabo 50 mu ijoro rimwe

61724 1780657891

Umukobwa w’Umunya-Nigeria w’imyaka 16, wigaga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye (JSS3), yavuze ko yashowe muri Ghana n’umuturanyi witwa Tosin Moses wamwijeje ko agiye kumushakira akazi mu mahanga. Iki kibazo cyamenyekanye nyuma y’uko umwe mu baturage witwa Taiwo Yisau abimenyeshejwe n’umukozi ushinzwe umutekano uzwi ku izina rya Iron Lady mu gace ka Adamo muri Ikorodu, […]

Iran yihoreye kuri Amerika

AFP 20260331 A6BU48T v1 HighRes IranUsIsraelWar 1781061405

Iran yatangaje ko yagabye ibitero ku birindiro bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika biri muri Bahrain, Jordan na Kuwait, mu rwego rwo kwihorera nyuma y’ibitero Amerika yagabye mu majyepfo ya Iran. Ingabo zirinda impinduramatwara muri Iran (IRGC) zavuze ko zateye icyicaro cy’Ingabo za Amerika zikorera mu mazi zizwi nka Fifth Fleet cyiri muri Bahrain ndetse […]

Paris: Hatangiye urubanza mu bujurire rwa Eugene Rwamucyo wakatiwe imyaka 27 y’igifungo

749ea680 9710 11ef a41c dd1648bd8502.jpg

Urubanza rw’ubujurire rw’Umunyarwanda Eugène Rwamucyo rwatangiye kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 9 Kamena, i Paris mu Bufaransa. Uyu wahoze ari umuganga mu Rwanda, ubu ufite imyaka 67, yakatiwe mu Kwakira 2024 igifungo cy’imyaka 27 n’urukiko rw’i Paris, cyane cyane kubera ubufatanyacyaha muri jenoside no kugira uruhare mu byaha byibasiye inyokomuntu mu gihe cya Jenoside […]

Anthony  wakinnye The Godfather III yapfuye 

1000910420 1781078206

Anthony Guidera, umukinnyi wa filime wamamaye cyane kubera uruhare rwe muri filime The Godfather Part III, yitabye Imana afite imyaka 65 nyuma y’ibyumweru bike aguye igihumure iwe mu rugo. Nk’uko byatangajwe n’umugore we, Valarie Guidera, uyu mugabo yajyanywe kwa muganga ku wa 11 Gicurasi 2026 nyuma y’uko umutima we uhagaritse gutera mu buryo butunguranye ari […]

Minisitiri w’ubucuruzi yasabwe gukemura ikibazo cy’igiciro cy’amazi n’amashanyarazi kikiri hejuru

HKY4ReBXAAA4ibr

Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, kuwa Kabiri, yagejejweho na Minisitiri w’Ubucuruzi, Sebahizi Prudence, Politiki y’Inganda (2024–2034) igamije kwihutisha iterambere ry’ubukungu bushingiye ku nganda zifite ubushobozi bwo guhatana ku isoko mpuzamahanga. Mu bitekerezo Abadepite batanze byafasha kunoza ishyirwa mu bikorwa ryayo harimo: Gukurikirana ibibazo by’inganda zimwe zikora munsi y’ubushobozi bwazo; Gukemura ikibazo cy’igiciro cy’amazi n’amashanyarazi kikiri hejuru […]

RDC: Col. Makelele wa FARDC wayoboraga ingabo muri Fizi yirashe

HKbo3HLWsAA1bTD

Umwe mu basirikare bakuru ba FARDC wayoboraga ingabo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo yasanzwe yirashe yenda gupfa ajyanwa kwa muganga aho arimo gukurikiranirwa hafi nyuma y’uko amakuru ya mbere yavugaga ko yapfuye nyuma yo gufata icyemezo cyo kwiyambura ubuzima. Amakuru yatangajwe mbere na Kivu Morning Post dukesha iyi nkuru, avuga ko Colonel Makelele, wari komanda […]

Kenya: Uwigaragambya yarasiwe mu kigo cy’akato cy’Abanyamerika cyagenewe Ebola

AP26160441380177 1781017014

Uwigaragambyaga yarasiwe mu myigaragambyo mu mujyi wa Nanyuki muri Kenya yo kwamagana iyubakwa ry’ikigo cy’akato cya Ebola kigenewe Abanyamerika, nkuko ababibonye babibwiye abanyamakuru. Umukuru w’imyigaragambyo yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko polisi yishe irashe uwigaragambyaga. Polisi nta cyo yari yatangaza. Amatsinda y’abigaragambyaga, bazunguzaga amabendera ya Kenya, bafite ibyapa ndetse bafite isanduku yanditseho ijambo “Ebola” ku ruhande, […]

Abacanshuro b’Abanya-Colombia boherejwe ku rugamba rwa Minembwe bavuye i Kalemie

2918d1b0 df43 11ef bd1b

Mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego mu bice bya Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo, amakuru agera kuri BWIZA yemeza ko abacanshuro 33 bakomoka muri Colombia boherejwe muri aka gace baturutse mu mujyi wa Kalemie, mu rwego rwo guha umusada ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo. Aya makuru aje nyuma y’uko ku wa Mbere […]

Mwarimu warwanye n’umunyeshuri arafunzwe

20260609103823 1947689930 8686016713474292655 300 317 85 webp

Polisi ya Ghana yatangaje ko yataye muri yombi mwarimu wo ku Ishuri rya Nyinahin Catholic Senior High School, nyuma y’amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga amugaragaza akubita umunyeshuri w’umukobwa. Aya makuru yemejwe ku wa 9 Kamena 2026 na Daniel Fenyi, ushinzwe itumanaho mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi muri Ghana (GES), wavuze ko iperereza ku byabaye ryatangiye. […]

Israel yishe 8 muri Libani mu gihe Trump avuga ko amahoro na Iran yegereje

afp 6a27f8a5596c 1781004453

Nibura abantu umunani bishwe mu gitero Israel yagabye mu mujyi wa Tyre uherereye mu majyepfo ya Libani, mu gihe Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ibiganiro by’amahoro hagati ya Amerika na Iran bigeze ku musozo kandi ko amasezerano ashobora gusinywa mu minsi mike iri imbere. Ku wa 9 Kamena 2026, […]

Urukiko rwanzuye ko Yampano ajyanwa i Mageragere

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi mu muziki nyarwanda nka Yampano, agomba kujya gufungirwa muri gereza ya Nyarugenge iherereye i Mageragere, nyuma y’umwanzuro w’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko afungwa by’agateganyo iminsi 30. Kuri uyu wa Kabiri ni bwo Urukiko rwasomye umwanzuro ku rubanza ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo. Ni umwanzuro wagombaga gusomwa mu cyumweru gishize, ariko uza […]

Masisi: Ibitero bya FARDC byahitanye umusaza n’umwana w’imyaka 13

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 9 Kamena 2026, saa 01:05 za mu gitondo, ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye igitero ku gace gatuwe cyane ka Gasenyi, muri Teritwari ya Masisi. Iki gitero cyahitanye umusaza w’imyaka 80 n’umuhungu w’imyaka 13. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23, ngo abandi baturage benshi bakomeretse, mu gihe […]

Inyoni zirikinisha

FB IMG 1781004084398

Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’inzobere zo muri Kaminuza ya Lancashire n’iya Oxford mu Bwongereza bwerekanye ko inyoni zimwe na zimwe zirimo kasuku, ibishuhe, dendo n’inkoko zigira imyitwarire yo kwikinisha, kandi ko ari ibintu bisanzwe biboneka haba ku nyoni zororerwa mu ngo ndetse no ku ziba mu gasozi. Abashakashatsi bakoze ubushakashatsi ku moko y’inyoni 120 basanga iyi […]

Nyaruguru: Kubura amacumbi i Kibeho byatangiye kuvugutirwa umuti mu mishinga mishya ya hoteli

IMG 20260609

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru bufatanyije n’abikorera baho, batangiye kuvugutira umuti ikibazo cy’amacumbi cyakunze kugaragara ku butaka butagatifu bwa Kibeho, biciye mu mishinga ya hoteli ziri kubakwa. Nyaruguru ni akarere gasurwa n’abantu benshi buri mwaka ahanini kubera ubukerarugendo bushingiye ku mabonekerwa yabereye i Kibeho. N’ubwo bimeze bityo ariko, i Kibeho ari na ho hafatwa nk’umujyi wa […]

RDC: Ihuriro C64 riravuga ko ryamaze gukusanya ibimenyetso bishinja Tshisekedi

bitmap 1200 nocrop 1 1 20231205014423647424 IMG 20231204 WA0064

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 8 Kamena, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri RDC, Delly Sesanga, mu kiganiro kuri Space ya X cyateguwe n’umunyamakuru Stanis Bujakera, yagize icyo avuga ku bijyanye n’isubikwa ry’itangwa ry’ikirego ihuriro C64 riteganya kurega umukuru w’igihugu, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bashinja gukorera coup d’etat Itegeko Nshinga. Sesanga yemeza ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi […]