Hagiye kumurikwa robot ishobora gusama ikanabyara

Ubushinwa bwatangaje ko bugiye kumurika robot ya mbere ku isi ishobora gusama no kwibaruka hifashishijwe inda y’ikoranabuhanga (artificial womb). Iyo robot iri gukorwa n’ikigo Kaiwa Technology cyo mu mujyi wa Guangzhou, izatangizwa ku mugaragaro mu mwaka wa 2026. Dr. Zhang Qifeng, uyoboye uwo mushinga, yabivugiye mu nama y’ubumenyi yaberaga i Beijing, avuga ko “ubumenyi bujyanye […]
Sudani: Igitero cya drone cyahitanye abarenga 40 mu bukwe

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu ushize, abantu barenga 40, barimo n’abagize umutwe wa Rapid Support Forces (RSF), biciwe mu gitero cy’indege itagira umupilote mu bukwe bwaberaga i Kutum, mu majyaruguru ya Darfur. Kutum igenzurwa na RSF kuva mu mezi ya mbere y’intambara yatangiye muri Mata 2023. Uyu mujyi wagiye ugabwaho ibitero by’indege zitagira […]
AFC/M23 yerekeje mu biganiro mu Busuwisi nubwo ikomeje kuraswaho

Ihuriro rya AFC / M23 ryamenyesheje umuhuza mu biganiro by’amahoro bya Doha, ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga bose, ko mu gihe intumwa zaryo zerekeje mu Busuwisi kugira ngo zigire uruhare mu biganiro bishya, mu rwego rwo kubahiriza inshingano no kwiyemeza gukemura ibibazo mu mahoro, ubutegetsi bwa Kinshasa, bushyize imbere intambara no kuyikomeza, bwategetse ihuriro ry’ingabo zabwo kugaba […]
U Burusiya na Ukraine byemeranyije agahenge kuri Pasika y’Aba-Orthodox

U Burusiya na Ukraine byumvikanye ku masezerano yo guhagarika imirwano kuri Pasika y’abayoboke b’idini rya Orthodox, aho Vladimir Putin avuga ko yategetse ingabo z’u Burusiya guhagarika imirwano “mu mpande zose” mu mpera z’iki cyumweru. Iri tangazo ryaturutse i Moscou rije nyuma y’uko Volodymyr Zelensky yari amaze gusaba inshuro nyinshi guhagarika imirwano, ariko zose zikirengagizwa n’u […]
Tariki 10 Mata 1994: Iyicwa ry’Abatutsi ryafashe intera hirya no hino mu gihugu

Tariki 10 Mata mu 1994, Guverinoma y’abicanyi yakomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu ari na ko Abafaransa bafasha iyi Guverinoma yayoborwaga na Minisitiri w’Intebe Jean Kambanda. Kuri iyi tariki kuvana abantu mu Rwanda bajyanwa mu Bufaransa byarakomeje hakaba by’umwihariko haratwawe abana 94 bakomokaga mu miryango y’abasirikari b’umunyagitugu Habyarimana Juvénal […]
Nigeria: Brig. Gen. Braimah yiciwe mu gitero cy’ibyihebe

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, itariki 8 Mata, rishyira ku wa Kane, itariki ya 9 Mata 2026, ibitero byibasiye ibigo bya gisirikare muri Benisheikh, Pulka, na Munguno, mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria, ahabaye indiri y’intagondwa z’abajihadiste kuva mu myaka irenga 17 ishize. Nk’uko amakuru yatangajwe na AFP avuga, mu gitero cyagabwe muri Benisheikh, muri […]
Mu rugo rw’umuhanzi Neg G hapfiriye umuntu

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi Ngenzi Serge uzwi nka Neg G the General, yitabye Imana mu buryo butunguranye nyuma y’igihe gito ageze iwe. Ibi byabereye mu Kagari ka Kamuhoza, mu Murenge wa Kimisagara, Akarere ka Nyarugenge, mu ijoro ryo ku wa 8 rishyira ku wa 9 Mata 2026, aho uwo muhanzi atuye. Amakuru avuga […]
Minisitiri Dr. Bizimana yakiriye Gen. Faye wahoze mu Ngabo za MINUAR

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, itariki 9 Mata 2026, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yakiriye Umunya-Sénégal Gen. Babacar Faye, wahoze mu Ngabo zari mu butumwa bw’Amahoro bwa Loni mu Rwanda (MINUAR) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Gen. Faye yaje mu Rwanda mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku […]
Kalehe: Imirwano ikomeye yahuje AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Mutale na Kamole

Mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa bwitegura gusubira ku meza y’ibiganiro hagati yabwo n’Inyeshyamba za AFC/M23, ku rugamba muri Kivu zombi hakomeje kuvuga imirwano ya hato na hato n’ibitero bya drones. Kuri uyu wa Kane, itariki ya 9 Mata, havuzwe imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 n’inyeshyamba za Wazalendo, zikorana na FARDC, mu bice bya Mutale na […]
U Rwanda na Tchad byashyizeho komisiyo ishinzwe ubufatanye hagati yabyo

Mu ruzinduko rwe muri Tchad, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Olivier Nduhungirehe, Intumwa idasanzwe ya H.E. Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu, itariki 8 Mata, yakiriwe na Perezida Marshal Mahamat Idriss Déby Itno. Kuri uwo munsi, Minisitiri Nduhungirehe yashyikirije Perezida Déby ibaruwa ya mugenzi we isaba ko Tchad yashyigikira kandidatire y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo, […]
Tariki 9 Mata 1994: Umunsi hatangira ‘Operation Amaryllis’ Abatutsi bagatereranwa

Ku itariki ya 9 Mata 1994, Abatutsi bari bahungiye mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali n’ahandi barishwe ndetse ni nabwo Ingabo z’u Bufaransa zatereranye Abatutsi, bakicwa zireba. Kuri iyi Tariki, nibwo icyo Abafaransa bise « Operation Amaryllis » yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo kwari ugucyura Abafaransa n’Abanyamahanga bari mu […]
Imodoza za MONUSCO zatewe amabuye zibuzwa kwinjira muri centre ya Mambasa

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) i Bunia kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 8 Mata 2026, cyamaganye ibikorwa by’urubyiruko rumwe rwitambitse imodoka z’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye za MONUSCO ruzitera amabuye ruzibuza kwinjira muri centre ya Mambasa (Ituri). Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatatu i Bunia, Umuvugizi w’ingabo muri Ituri, Lieutenant Jules Ngongo, […]
Bwa mbere ibiganiro hagati ya Kinshasa na AFC/M23 bigiye kubera i Burayi

Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye aravuga ko ibiganiro byo gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Congo hagati ya Leta ya Kinshasa n’umutwe wa AFC/M23 bigiye kongera gusubukura bikazabera i Burayi ku nshuro ya mbere. Biravugwa ko ibi biganiro bitegurwa na Qatar kuri iyi nshuro bigiye kubera mu Busuwisi bikazatangira ku wa Mbere, itariki 13 Mata kugeza ku […]
Abapolisi 10 b’u Rwanda bari ba ACP bagizwe ba CP

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu ushize yazamuye mu ntera abapolisi 5746, barimo batanu bakuwe ku ipeti rya ACP bahabwa irya CP, mu gihe 10 bari bafite irya CSP bagizwe ba ACP (Assist. Commissioner of Police). ACP Jean Népomuscène Mbonyumuvunyi, ACP Bértin Mutezintare, ACP Emmanuel Karasi, ACP Barthélémy Rugwizangoga na ACP Fidèle […]
Abiga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya RDF batangiye urugendoshuri rugamije kwiga ku ntambara yo kubohora igihugu

Abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya RDF (RDFJCSC), icyiciro cya 26, batangiye urugendoshuri rugamije kwiga ku ntambara yo kubohora igihugu yakozwe n’Ingabo za RPA. Ni urugendoshuri batangiye kuva ku itariki ya 8 kuzageza ku ya 10 Mata 2026. Uru rugendo rugamije kubafasha kurushaho gusobanukirwa uburyo ingabo za RPA zabohoye u Rwanda ku butegetsi […]
Dosiye ya DC Clement yashyikirijwe Ubushinjacyaha

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye iregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement. Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko icyangombwa cyari cyatanzwe cyo kuvugurura inzu yasanwaga kitari icy’uyu munyamakuru, ahubwo ko hari abamukoresheje. DC Clement yatawe muri yombi ku wa 31 Werurwe 2026, nyuma y’aho habereye gushyamirana hagati ye n’inzego zari mu gikorwa cyo […]
Paris: Ubutabera bwohereje mu rukiko Lt Col. Kayumba wa Ex FAR ukurikiranweho uruhare muri jenoside

Kuri uyu wa Gatatu, ubutabera bw’u Bufaransa bwohereje uwahoze ari liyetona koloneli mu zahoze ari Ingabo z’u Rwanda (Ex FAR), Cyprien Kayumba, mu rukiko rwihariye rw’i Paris, akurikiranweho gutanga intwaro zakoreshejwe mu gutsemba inzirakarengane muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Uyu mugabo ugeze mu myaka 71, wakomeje kuvuga ko atari azi ko intwaro […]
Masisi: Drone ya FARDC yangije byinshi mu gace gatuwe cyane i Nyabiondo

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 8 Mata 2026, saa kumi za nimugoroba, indege itagira abapilote y’ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa yarashe mu gace gatuwe cyane ka Nyabiondo, muri Teritwari ya Masisi. Iki gitero cyagabwe mu gihe habura iminsi mike ngo hafungurwe icyiciro gishya cy’ibiganiro by’amahoro hagati ya Guverinoma ya Kinshasa n’Ihuriro rya AFC/M23i Doha. […]
RDC ikomeje kwanga kwakira Ingabo za FARDC zarekuwe na AFC/M23

Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo iravugwaho gukomeza gushidikanya kukwakira abasirikare babarirwa mu 5000 ba FARDC bafatiwe ku rugamba umutwe wa AFC/M23 umaze ukwezi kurenga wemeye kurekura. Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (ICRC) yaregerewe kandi ivuga ko yiteguye gushyigikira iki gikorwa. Ibyumweru bike bishize ariko biravugwa ko byari bikomeye, mbere y’uko byoroha mu minsi yashize. […]
U Rwanda ruribuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Congo isabira ubutabera umuryango wa Habyarimana

Abategetsi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuri iyi nshuro bemeye igihango bagiranye n’ibisigisigi by’ubutegetsi bwasize bushyize mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi busabira ubutabera umuryango wa Habyarimana na Ntaryamira, mu gihe Isi yose n’u Rwanda, by’umwuhariko byibuka ku nshuro ya 32. Ibi biragaragarira mu butumwa bw’amashusho bwuzuye gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyizwe kuri […]
Abashinzwe umutekano b’u Rwanda bifatanyije n’aba Mozambique mu Kwibuka32

Inzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF-5), kuwa 7 Mata 2026, zifatanyije n’inzego zishinzwe umutekano muri Mozambique, abayobozi muri guverinoma ndetse n’abahagarariye sosiyete ya TotalEnergies mu rwego rwo kwifatanya kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda. Abayobozi b’intumwa bitabiriye barimo Umuyobozi wungirije w’ingabo (FADM), Brig Gen Tomás Mponha, Savio wa TotalEnergy, n’abayobozi […]
Trump yigambye kwemeranya na Iran agahenge ibitero birakomeza

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko nta gushidikanya guhari ko Amerika yageze ku “ntsinzi yuzuye”, nyuma yo kwemeranya na Iran agahenge k’ibyumweru bibiri, ariko ntibyabujije ko ibitero bikomeza hirya no hino mu Burasirazuba bwo Hagati. Mu kiganiro yagiranye n’ibiro ntaramakuru AFP nyuma yo gutangaza ako gahenge kuri uyu wa Kabiri […]
Tariki 8 Mata 1994: Hashinzwe Guverinoma y’Abatabazi ngo yenyegeze Jenoside yakorewe Abatutsi

Ku itariki ya 8 Mata 1994 nibwo hashyizweho Guverinoma y’abatabazi yari iyobowe na Sindikubwabo Theodore nka Perezida na Kambanda Jean nka Minisitiri w’Intebe. Ni Guverinoma yashyizweho ngo yenyegeze Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze umunsi umwe itangiye, kandi byagaragariye mu bukana Jenoside yakoranywe nyuma y’ayo matariki mu bice bitandukanye by’igihugu. Bihagarariwe na Ambasaderi w’u Bufaransa mu […]
Sudani y’Epfo: Perezida Kiir yirukanye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit unayobora ishyaka riri ku butegetsi rya SPLM, yirukanye Perezida w’inteko Ishinga Amategeko y’inzibacyuho (TNLA), Jemma Nunu Kumba, maze ashyiraho Joseph Ngere Paciko ngo amusimbure. Kumba, umuyoboke mukuru wa SPLM akaba n’umuntu wa hafi wa Perezida Kiir, yabaye perezida w’inteko kuva muri Kanama 2021. Ntabwo yigeze ahabwa inshingano nshya. […]
Turkiya: Abantu batatu biciwe mu gitero kuri Ambasade ya Israel

Ibitanyamakuru byo muri Turkiya biratangaza ngo abantu batatu bapfuye, abapolisi babiri barakomereka mu irasana ryabereye hafi y’inyubako irimo Ambasade ya Israel mu murwa mukuru Istanbul. Ni kuri uyu wa Kabiri ubwo abantu batatu bitwaje intwaro bageragezaga gutera Ambasade ya Israel ariko bicwa n’abapolisi ba Turkiya. Amashusho y’Ibiro Ntaramakuru Reuters yerekanye umupolisi akuramo imbunda kandi yikinga […]
Intambwe 10 za Dr. Gregory Stanton, uburyo akarere k’Ibiyaga Bigari kakwirinda Jenoside itaraba

Mu 1994, Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yahinduye uburyo isi yose ibona ibyaha ndengakamere, yerekana ko Jenoside atari impanuka y’umunsi umwe, ahubwo ko ari inzira yubakwa buhoro buhoro: Mu magambo, mu mitegekere, mu kwambura abantu ubumuntu no mu gutegura ubwicanyi. Ni muri urwo rwego, Dr. Gregory H. Stanton, washinze Ikigo Genocide Watch, yateguye icyiswe “Intambwe […]
Loni iremeza ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeje guhohoterwa muri RDC

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), Ibiro bihuriweho by’Umuryango w’Abibumbye byita ku Burenganzira bwa Muntu (BCNUDH) bivuga ko ikibazo cy’ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu no kwibasira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bikomeje gufata intera muri iki gihugu. Muri raporo yabyo ya buri kwezi, BCNUDH yabaruye nibura ihonyorwa 439 ry’uburenganzira bwa muntu muri Mutarama 2026. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye […]
Nta bihano cyangwa ibitutsi bishobora gutesha agaciro icyubahiro cy’Ingabo z’u Rwanda: Kagame

Perezida Paul Kagame yavuze ko umuco n’imyitwarire myiza biranga Ingabo z’u Rwanda bikomoka ku bihe bikomeye birimo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 zahagaritse, ashimangira ko nta bitutsi bibaho cyangwa ibihano bishobora gutesha agaciro icyubahiro zifite. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Mata, mu ijambo ryo gutangiza icyunamo. Yavuze ko nyuma y’uko […]
Perezida Kagame na Madamu we batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa Kabiri bunamiye banashyira indabo ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi mu muhango wo gutangiza icyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi. Umukuru w’Igihugu na Madamu we kandi banacanye Urumuri rw’icyizere rushushanya ahazaza h’Abanyarwanda, rugomba kumara iminsi 100 yo Kwibuka rwaka. […]
Turkiya yifatanyije n’Abanyarwanda mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Igihugu cya Turkiya cyifatanyije n’Abanyarwanda n’Isi yose mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 nk’uko cyabitangaje mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yacyo. Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryahawe nimero ya 62 ryo ku itariki 7 Mata 2026, ku byerekeye Kwibuka ku nshuro 32 ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, Turkiya […]
Nta cyihariye nsaba u Rwanda: Umugore wa Perezida Ntaryamira wapfanye na Habyarimana

Umugore wa Cyprien Ntaryamira wahoze ari Perezida w’u Burundi, yatangaje ko n’ubwo umugabo we yapfiriye mu Rwanda ntacyo arubaza, ko ahubwo Umuryango Mpuzamahanga ari wo ukwiye gukora ibishoboka byose ugtanga umucyo ku rupfu rw’umugabo we. Ntaryamira yapfanye na Habyarimana ku mugoroba wo ku wa 6 Mata 1994, ubwo indege yo mu bwoko bwa Falcon 50 […]
Cameroun yerekanye urutonde rw’abenegihugu 16 bapfiriye mu ntambara yo muri Ukraine

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 6 Mata 2026, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Cameroun yashyize ahagaragara urutonde rw’abenegihugu 16 b’iki gihugu bakoraga mu karere kihariye k’ibikorwa bya gisirikare, ijambo rikoreshwa n’u Burusiya mu gusobanura intambara yo muri Ukraine. Uru rutonde rw “abapfuye” rwatanzwe na Ambasade y’u Burusiya i Yaoundé. Guverinoma ya Cameroun yemeje aya makuru, […]
Ibitero bikomeye bya FARDC n’abambari bayo byibasiye abasivili muri Minembwe na Kalehe

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko kuri uyu wa kabiri tariki ya 7 Mata ingabo za Leta ya Kinshasa n’abazifasha ku rugamba bagabye ibitero bikomeye byibasiye abaturage b’abasivili mu bice bitandukanye byo mu Burasirazuba bwa Congo. AFC/M23 mu itangazo yasohoye biciye muri Lawrence Kanyuka uyivugira mu bya politiki, yavuze […]
Guteres yasabye Isi gukura isomo ku makosa yatumye Jenoside yakorewe Abatutsi iba

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yagaragaje ko Isi ikwiye kwigira ku makosa yabayeho, mu kwirinda ko Jenoside nk’iyakorewe Abatutsi mu 1994 yakongera kubaho. Ni mu butumwa bujyanye no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 32 yanditse ku rubuga rwe rwa X kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Mata hatangiriye icyunamo cy’iminsi 100. […]
Trump yijeje kurimbura Iran nidakora ibyo isabwa

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yakangishije Iran kuyirimbura “mu ijoro rimwe” niba itabashije kugera ku masezerano mbere y’igihe ntarengwa yahawe ngo ibe yamaze kongera gufungura umuhora wa Hormuz, inzira y’ingenzi cyane inyuramo ibikomoka kuri peteroli na gaz bikoreshwa hirya no hino ku Isi. Igihe ntarengwa Trump yatanze cyo kuba hagezwe ku […]
Tariki 7 Mata 1994: Umunsi Jenoside yakorewe Abatutsi itangira mu gihugu hose

Jenoside yakorewe Abatutsi yarateguwe, bikaba bigaragarira mu bikorwa by’ubwicanyi,amagambo y’urwango byayibanjirije, ariko by’umwihariko umugambi wa Jenoside ugaragarira mu buryo ubwicanyi bwatangiriye rimwe mu turere tunyuranye tw’u Rwanda, ubwicanyi busa, bwibasira abatutsi, abana, abakuze, abagore, abarwayi mu bitaro, mu nsengero na za Kiliziya, n’ahandi. Abateguye Jenoside bamaze guhanura indege ya Habyarimana, Colonel Theoneste Bagosora n’abandi bahezanguni […]
Iturika rya ‘Camp Base’ y’i Bujumbura: Impanuka, cyangwa ibanga ry’igitero kitaravugwa?

Mu gihe ubutegetsi bw’u Burundi buvuga ko iturika ryabereye mu kigo cya gisirikare cya Camp Base kiri i Musaga mu mujyi wa Bujumbura ari impanuka y’amashanyarazi, urujijo, guceceka ndetse n’itumanaho risa n’irigenzurwa bikomeje gutuma abaturage bibaza niba ukuri kose kwarashyizwe ahagaragara. Ijoro ryo ku wa 31 Werurwe rishyira uwa 1 Mata 2026 ryabaye ijoro ry’akaga […]
Byumba: Abapadiri 2 bafashwe bazira gusomera misa ahantu hatemewe

Abapadiri 2 ba Diyosezi Gatolika ya Byumba batawe muri yombi, kuri Pasika, bafashwe n’inzego z’umutekano mu Ntara y’Iburasirazuba, bazira gusomera misa ya Pasika ahantu hatemewe nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru Kinyamateka cy’Inama Nkuru y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda. Abo bapadiri ni Eric Uwayezu, Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Nyakayaga, na Padiri Didier Nzaramba ubarizwa muri Paruwasi ya Kiziguro, […]
Senator Dr. Frank Habineza pays tribute to Late African Greens Leader Adamou Garba

The President of the Democratic Green Party of Rwanda, Senator Dr. Frank Habineza, has paid a heartfelt tribute to the late Adamou Garba, describing him as “a principled, thoughtful, and deeply committed leader” whose legacy will endure across Africa and beyond. Garba, who served as President of the Greens of Niger and later led the […]
Umunsi AFC/M23 na Leta ya RDC bazahurira mu biganiro mu Busuwisi

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iz’ihuriro rya AFC/M23, byamenyekanye ko zizahurira mu Busuwisi ku wa Mbere tariki ya 13 Mata, gukomerezayo ibiganiro bya Doha impande zombi zimaze igihe zigirana. Ni icyiciro gishya cy’ibyo biganiro cyateguwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Qatar; ndetse byitezwe ko ziriya mpande zombi ziyemeje gushyira […]
Umugore yibarutse mu ndege igiye kugwa i New York

Hari inkuru idasanzwe yabereye mu kirere, aho umugore umwe yibarutse ari mu ndege ya sosiyete Caribbean Airlines yari igiye kugwa ku kibuga cy’indege cya John F. Kennedy International Airport muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ibi byabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 5 Mata 2026, ubwo indege yari igeze hafi kugwa i New York, uyu […]
Abanyarwanda bazatangira gutekesha gaz yo mu Kivu mu ntangiriro za 2028

Abanyarwanda bashobora gutangira gukoresha gaz yo gutekesha ivuye mu Kiyaga cya Kivu mu ntangiriro za 2028 nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Jean de Dieu Uwihanganye. Ibi byatangajwe mu gihe ibiciro bya gaz yo gutekesha birimo kuzamuka, ahanini bitewe n’intambara yo muri Iran. Nk’urugero, ubu icupa rya gaz ry’ibiro 12 ryavuye ku 21,000Frw rigera ku 30,000Frw. […]
Paul Biya yagize umuhungu we Visi Perezida anamuha kuyobora igisirikare

Perezida wa Cameroun, Paul Biya, yafashe icyemezo cyateje impaka zikomeye nyuma yo gushyira umuhungu we, Franck Emmanuel Biya, ku mwanya wa Visi Perezida w’Igihugu ndetse anamugira Umukuru w’Ingabo zose. Ibi byemejwe n’iteka ryasohotse ku wa 4 Mata 2026, rinagaragaza ko Franck Biya yagizwe Minisitiri wungirije muri Minisiteri y’Ingabo, umwanya umushyira ku isonga mu bijyanye n’umutekano […]
Israel yivuganye Majid Khademi wari ukuriye ubutasi bwa gisirikare muri Iran

Kuri uyu wa Mbere, umukuru w’ubutasi mu Gisirikare cy’Impinduramatwara cya Iran, Majid Khademi, yiciwe mu gitero cy’indege cya Israel, nk’uko ibitangazamakuru bya leta bya Iran byabitangaje, bidatanze ibisobanuro birambuye. Minisitiri w’ingabo muri Israel, Israel Katz, yemeje aya makuru y’uko Israel yagabye igitero kuri Khademi nk’uko inkuru dukesha Deutsche Welle ivuga. Katz ati: “Abashinzwe kurinda impinduramatwara […]
RIB yihanangirije Abanyarwanda ku ikoreshwa ry’imvugo zipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasabye Abanyarwanda guca kwirinda imvugo zipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gihe habura amasaha make ngo hatangire icyunamo kijyanye no kwibuka ku nshuro ya 32. Umuyobozi muri RIB ushinzwe Ubukangurambaga no Gukumira Ibyaha, Ntirenganya Jean Claude, avuga ko muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari byiza ko Abaturarwanda […]
Uko ifatwa rya Uvira ryari ryavanye u Burundi mu ntambara yo muri Congo

Ifatwa ry’umujyi wa Uvira ku itariki ya 10 Ukuboza 2025, ufatwa n’abarwanyi ba AFC/M23 ryahise rivana mu ntambara Ingabo z’u Burundi zoherejwe gufasha Ingabo za Congo, bituma hahita haba impinduka zikomeye za gisirikare muri ayo makimbirane, nk’uko raporo yashyizwe ahagaragara muri Mata 2026 n’Itsinda ry’Ubushakashatsi kuri Congo (CRG) n’Ikigo cy’Ubufatanye Mpuzamahanga (CIC) muri Kaminuza ya […]
Trump si impanuka! Uko Amerika yaremye umunyapolitiki uvuga icyo ashaka cyose

Ni kenshi Donald Trump atangaza isi yose kubera amagambo ye akakaye, asesereza cyangwa arenga ku byafatwaga nk’imipaka ya politiki isanzwe; ibitera abenshi kwibaza impamvu Amerika yemeye kubaka ndetse igashyigikira umunyapolitiki umeze atyo. Mu by’ukuri, Trump si ikibazo cy’umuntu umwe gusa, ahubwo ni umusaruro wa sisiteme ya politiki, itangazamakuru, uburakari bw’abaturage n’ihinduka ry’umuco wa demokarasi y’Amerika. […]
Perezida Kagame ku mpamvu we na FPR batari bagambiriye kwica Habyarimana

Ku itariki nk’iyi ya 6 Mata mu myaka 32 ishize, Habyarimana Juvenal wari Perezida w’u Rwanda yishwe ubwo indege ye yari imuvanye i Arusha muri Tanzania yahanurirwaga mu kirere cya Kanombe, mu mujyi wa Kigali. Perezida Paul Kagame avuga ko we na FPR-Inkotanyi yari ayoboye batashakaga ko Habyarimana Juvenal wari Perezida w’u Rwanda yicwa, kuko […]
Kinshasa na Brazzaville byiyemeje gukomeza ubufatanye mu bya gisirikare

Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) na Repubulika ya Congo byiyemeje gushimangira ubufatanye mu by’umutekano binyuze mu biganiro byabaye hagati y’abaminisitiri b’ingabo z’ibihugu byombi, hagamijwe gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare no gukemura ibibazo rusange by’umutekano. Ibi ni bimwe mu bintu nyamukuru byavuye mu ruzinduko rwa Minisitiri w’Ingabo wa Repubulika ya Congo, Charles Richard Mondjo, nyuma […]
Hafi y’ibiro bya Trump humvikanye amasasu

Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rucunga umutekano wa perezida, bandi bategetsi bo hejuru n’abahoze ari abategetsi bo hejuru (Secret Service), rurimo gukora iperereza ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye mu masaha ya kare yo ku cyumweru hafi y’ibiro bya perezida, bizwi nka White House. Abashinzwe umutekano b’urwo rwego bageze ahumvikaniye amasasu mu gace gakikije Pariki […]
Tshisekedi yatangaje ko agiye ‘kwisubiza vuba’ ibice M23 igenzura

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yatangaje ko mu gihe cya vuba azisubiza ibice byo mu burasirazuba bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo ingabo ze zirukanwemo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Uyu mugabo yatanze iryo sezerano ku Cyumweru tariki ya 5 Mata, ubwo yari ayoboye ibirori byo kwakira ikipe […]
RDC yemeye kwakira abimukira birukanwe muri Amerika

Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko “izakira by’agateganyo” abimukira birukanwe, mu masezerano yagiranye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’uko byatangajwe na guverinoma kuri iki Cyumweru, yongeraho ko Washington izishyura amafaranga azabagendaho kandi ko nta gahunda yo kubatuza burundu iteganijwe. Minisiteri y’itangazamakuru ivuga ko Kinshasa izakomeza kugenzura byuzuye abinjira, igihe bazahamara, kugenzura, kubambura uruhushya […]
Abayobozi ba gisirikare na politiki ba M23 bafatiwe ibihano kuva mu 2010

Raporo yashyizwe ahagaragara muri Mata 2026 n’Itsinda ry’Ubushakashatsi kuri Congo (CRG) n’Ikigo gishinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga (CIC) muri Kaminuza ya New York, ivuga ko abayobozi 13 mu rwego rwa gisirikare na politiki 13 ba M23 bafatiwe ibihano mpuzamahanga byafashwe na Loni, Amerika, ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi. Kuva mu Gushyingo n’Ukuboza 2012, Umugaba Mukuru wa […]
U Bushinwa bwanyonze umuturage w’u Bufaransa wari warakatiwe mu 2010

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bufaransa yatangaje ko Umufaransa wakatiwe urwo gupfa mu Bushinwa mu 2010 azira gucuruza ibiyobyabwenge, yamaze kwicwa nk’uko inkuru dukesha RFI ivuga. Chan Thao Phoumy, Umufaransa w’imyaka 62 wavukiye i Laos, yishwe, “nubwo abategetsi b’u Bufaransa bakoze ibishoboka byose, harimo no kumusabira imbabazi ku mpamvu z’ubutabazi ariko […]
Masisi: Imirwano ikomeye irarimbanyije hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Imirwano ikaze iravugwa kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki ya 5 Mata 2026, muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Amakuru aturuka muri ako gace agera ku rubuga Kivu Morning Post, dukesha iyi nkuru, aravuga ko imirwano yahuje abarwanyi ba AFC/M23 n’inyeshyamba zo […]
Kenya: Abashinzwe iperereza bataye muri yombi abayobozi bane mu rwego rw’ingufu

Abashinzwe iperereza muri Kenya bataye muri yombi abayobozi bakuru bane mu rwego rw’ingufu, barimo n’umuyobozi w’ikigo cya leta gishinzwe imiyoboro ya peteroli, bakekwaho kwivanga mu ishakwa n’ikwirakwizwa ry’ibikomoka kuri peteroli mu gihugu, nk’uko abayobozi bavuze muri dosiye ijyanye n’impungenge z’ubuziranenge bwa lisansi ndetse n’ihungabana riherutse ry’itangwa ryayo. Ubuyobozi bushinzwe iperereza ku byaha (DCI) bwatangaje ko […]
Umupilote w’Umunyamerika wari waguye muri Iran yatabawe

Kuri iki Cyumweru, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yishimye cyane ndetse ashima n’Ingabo za Amerika ubwo yatangazaga ko umwe mu bapilote b’indege y’intambara ya Amerika yaguye muri Iran yabonetse “kandi afite umutekano.” Mu itangazo rye, ku rubuga rwe nkoranyambaga, Truth Social, Perezida Trump yavuze ko indege yavuze ko uyu mupilote w’umukoloneli, […]
Inyeshyamba 4,000 zirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda zageze i Mulenge zivuye mu misozi no mu Burundi

Amakuru agera kuri BWIZA aremeza ko inyeshyamba zibarirwa mu 4,000 zo mu mitwe ya P5 irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, zamaze kugera i Mulenge mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo nyuma yo gusoza imyitozo zari zimaze igihe zikorera mu Burundi. Amakuru avuga ko kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Mata ari bwo ziriya nyeshyamba zageze ahitwa […]
Clapton Kibonge yasezeranye n’umugore we bamaranye imyaka umunani

Kuri uyu wa 4 Mata 2026, umukinnyi wa filime uzwi cyane, Clapton Kibonge, yakoze ubukwe n’umugore we Ntambara Mutoni Jacky, bari bamaze imyaka umunani babana ndetse bafite abana batatu. Iyi mihango yatangiriye mu gusaba no gukwa byabereye i Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, mbere y’uko bakomereza mu gusezerana imbere y’Imana mu rusengero rwa Gasinga Miracle […]
Impamvu Green Party ikomeje kwinjiza Ingengabitekerezo yayo mu barwanashyaka

Ubuyobozi bw’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, bwasobanuye ko bukomeje gutyaza abarwanashyaka bahagarariye abandi ku rwego rw’uturere ngo bamenye amahame n’ingengabitekerezo ishyaka rigenderaho, mu rwego rwo kubategura ngo nibajya gushaka abandi barwanashyaka mu mirenge bazabe bavuga ibyo bashikamyeho, bazi kandi basobanukiwe. Muri Mutarama uyu mwaka ni bwo Green Party yatangiye guhugura abarwanashyaka bahagarariye […]
Perezida Kagame yavuze ku kuvana RDF muri Mozambique

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko nihatagira umuntu wishyura ibigenda ku ngabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro mu ntara ya Cabo Delgado mu majyaruguru ya Mozambique, bizarangira ingabo zicyuwe. Ni nyuma y’uko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uheruka gutangaza ko uteganya guhagarika inkunga ya miliyoni 20 z’ama-Euro wageneraga buriya butumwa. Perezida Kagame mu kiganiro […]