Benshi baguye mu gitero cya Israel ku rusengero rw’Aba-Orthodox b’Abagereki muri Gaza

Abaturage ba Gaza bongeye guhura n’irindi joro ry’imvura y’amabombe ya Israel ubudatuza mu gihe hatarizerwa niba umupaka wa Rafah uza gukingurwa kugira ngo ibikoresho bikenewe bigere muri ako gace. Abayobozi muri Gaza bavuga ko abantu benshi baguye mu gitero cy’indege cya cyibasiye urusengero rw’itorero ry’Aba-Orthodox b’Abagereki rwa Saint Porphyrius nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera […]

Abanyamerika baba mu Rwanda baburiwe

Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) kuri uyu wa 19 Ukwakira 2023 zaraye zitanze umuburo rusange ku Banyamerika baherereye mu bihugu bitandukanye ku Isi birimo u Rwanda. Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Ambasade ya USA mu Rwanda, uyu muburo ugira uti: “Bitewe n’ubwiyongere bw’umwuka mubi mu bice bitandukanye by’Isi, hari ugushoboka kw’ibitero by’iterabwoba, imyigaragambyo n’ibikorwa […]

Ingabo za EAC zahawe iminsi 7 yo kwisubiraho bitaba ibyo zigahatirwa kuva muri RDC

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 19 Ukwakira 2023, urubyiruko rwo muri Goma, rwo mu ihuriro rya muvoma z’abenegihugu, akanama k’urubyiruko rwo mu mujyi n’indi miryango y’abaturage rwari mu mihanda mu myigaragambyo yamagana Ingabo za EAC zoherejwe mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aho aba bazihaye iminsi 7 yo guhindura imikorere bitaba ibyo […]

Ibibazo by’akarengane bishyikirizwa Umuvunyi birikuba kabiri buri mwaka

Ibibazo by’akarengane Abanyarwanda bahura nabyo biragenda byiyongera uko umwaka utambutse, aho raporo ngarukamwaka y’Umuvunyi Mukuru ya 2022-2023 igaragaza ko ibibazo by’abaturage byakiriwe mu myaka itatu ishize byagiye byikuba hafi kabiri buri mwaka. Ibi byatangajwe kuwa Gatatu, itariki 18 Ukwakira ubwo Ibiro by’Umuvunyi Mukuru byamurikiraga Inteko Ishinga Amategeko raporo ngarukamwaka ya 2022-2023 ndetse na gahunda y’ibikorwa […]

Interahamwe zayoborwaga na Twahirwa zitwaraga nk’umutwe wa gisirikare: Ubuhamya

Urubanza rwa Twahirwa SĂ©raphin na Basabose Pierre mu rukiko rwa rubanda rwa Bruxelles mu Bubiligi rwakomeje kuri uyu wa 19 Ukwakira 2023, humvwa ubuhamya butandukanye bugaragaza uruhare bakekwaho kugira muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Muri iri buranisha, ubuhamya bwasomwe na Perezidante w’urukiko bwagaragazaga uburyo Twahirwa wigeze kuba umukozi wa Minisiteri yari ishinzwe abakozi (MINITRAPE) […]

Komanda wungirije w’ingabo za EAC yibukije abigaragambya uburyo M23 yari igiye gufata Goma

Komanda wungirije w’umutwe w’ingabo za EAC uri mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Brigadier GĂ©nĂ©ral Emmanuel Kaputa, yibukije Abanyekongo bigaragambya uburyo zitambitse M23 mu gihe wari hafi gufata umujyi wa Goma. Ku wa 18 Ukwakira 2023, Abanyekongo bahamagawe na sosiyete sivili bakoraniye mu mihanda y’i Goma, bigaragambya, basaba ko ingabo za EAC zabavira […]

Israel: Umukuru wa polisi yabwiye abamagana intambara ko azabohereza muri Gaza

Umuyobozi w’Igipolisi cya Israel, Kobi Shabtai, yatangaje ko hatazaba “kwihanganira na gato” imyigaragambyo yo gushyigikira Gaza muri Israel, akangisha kohereza abigaragambya barwanya intambara mu gace ka Palesitine Israel imaze ibyumweru hafi bibiri iteramo ibisasu buri munsi. Ibyatangajwe na Shabtai byaje muri videwo yashyizwe ku muyoboro wa TikTok wa Polisi ya Israel ku wa Kabiri. Ibitangazamakuru […]

Tshisekedi attacks Kagame to justify the failure of his government – Daniel Shekomba

In the context of tensions between the DRC and Rwanda, Daniel Shekomba, former candidate for the 2018 Congolese presidential election, believes that President FĂ©lix Tshisekedi’s “attacks” against his Rwandan counterpart Paul Kagame “are just a business political, to justify the failure of the government. This physicist and business leader, who is not involved in the […]

Paris: Ubujurire ku ruhare rw’Ingabo z’u Bufaransa muri jenoside bwongeye guterwa utwatsi

Abacamanza b’iperereza bari bashinzwe iperereza ku Ngabo z’u Bufaransa zishinjwa kuba ntacyo zakoze mu gihe cy’ubwicanyi bwo mu Bisesero muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bongeye gutesha agaciro ubujurire bw’abatanze ikirego. Icyemezo gishya cyari gitegerejwe nyuma y’icyemezo cya mbere cyo kureka gukurikirana Ingabo z’u Bufaransa cyo mu 2022. Icyo gihe habaye kujurira maze kuwa 28 […]

Uwibye inkoko, ibishyimbo ntakwiye kujya muri gereza: Dr Habineza

TI-Rwanda igaragaza ko abari bafungiwe mu magororero mu 2022 bari 174%

Umuyobozi Mukuru w’ishyaka DGPR riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije akaba n’umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Dr Frank Habineza, ntashyigikiye ko abantu bakora ibyaha byoroshye nko kwiba inkoko n’ibishyimbo bajya bajyanwa mu igororero (ryitwaga ‘gereza’). Ibi yabibwiye aherutse kubibwira abanyamakuru, nk’igisubizo ku bucucike buri mu magororero yo mu Rwanda. Ati: “Icy’ubucucike muri gereza kirazwi,twakiganiriyeho […]

Plusieurs maisons sont endommagées par le vent à  Nyagatare

Plusieurs maisons sont endommagĂ©es par le vent à  Nyagatare suite à  100 autres dĂ©truites dans le district de Nyanza. Des vents violents ont dĂ©truit 61 maisons le 18 octobre 2023 dans le district de Nyagatare, a dĂ©clarĂ© la vice-maire chargĂ©e des affaires sociales, Juliet Murekatete. La catastrophe s’est produite dans les cellules Gacundezi et Nyarupfubire […]

Nangaa yabwiye Tshisekedi ko amasezerano yagiranye na Kabila natayubahiriza azahura n’ingaruka zikomeye

Corneille Nangaa wahoze ari Perezida wa Komisiyo Yigenga y’Amatora muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yongeye kugaba igitero kuri Perezida Tshisekedi yemeza ko nta matora azaba ku itariki ya 20 Ukuboza 2023, inzira y’amatora ishingiye ku binyoma ndetse yongera kugaragaza ko amasezerano yamugejeje ku butegetsi natayubahiriza bizamugiraho ingaruka. Ni ubutumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa […]

Amafoto: Mushikiwabo yasuye irimbi ry’ingabo za Armenia zaguye mu ntambara zitandukanye

223552.jpg

Umunyamabanga Mukuru wa La Francophonie (OIF), Louise Mushikiwabo kuri uyu wa Gatatu, itariki 18 Ukwakira, yasuye igihugu cya Armenia, aho mu ruzinduko rwe yasuye irimbi rya gisirikare rya Yerablur Pantheon mu rwego rwo kwibuka no kunamira ingabo zaguye ku rugamba. Umunyamabanga Mukuru wa OIF yashyize indabyo ku irimbi aha icyubahiro abasirikare ba Armenia baguye mu […]

U Rwanda rwagaragarije UN ko urubanza rwa Kabuga rwagombaga gukomeza nk’urw’Abanazi 2

Intumwa Ihoreho yungirije y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Kayinamura Robert, yagaragarije Inteko Rusange ko urubanza rwa Kabuga FĂ©licien rwagombaga gukomeza nk’urw’Abanazi babiri bo mu Budage, hatitawe ku mpamvu iyo ari yo yose. Urukiko rwa UN, urugereko rw’ubujurire tariki ya 7 Kanama 2023 rwashimangiye umwanzuro w’urw’ibanze wo muri Kamena 2023 w’uko urubanza ruhagarara, rusobanura ko Kabuga […]

Hezbollah yaburiye Biden na Netanyahu ivuga ko ubu ingufu za yo zikubye inshuro 1000

Kuri uyu wa Gatatu ushize, umutwe wa Hezbollah wo muri Libani wihanangirije abanzi bawo uvuga ko ubu “imbaraga zikubye inshuro ibihumbi” mu gihe abarwanyi bawo bakomeje guhererekanya amasasu n’ingabo za Israel ku mupaka mu makimbirane yatangijwe n’imirwano hagati ya Hamas na Israel. Amerika yihanangirije Iran ishyigikiye Hezbollah n’umutwe wa Hamas wo muri Palesitine iyisaba kwirinda […]

Perezida Kagame: Habuze gato ngo isoko ry’itumanaho rya telefone rihabwe uwadufashije ku rugamba

Perezida Paul Kagame yatangaje ko habuze gato ngo isoko ry’itumanaho rigera kure rihabwe ikigo cy’Umunyarwanda wafashije ingabo za RPA-Inkotanyi mu rugamba rwo kubohora u Rwanda rwarangiye muri Nyakanga 1994. Umukuru w’Igihugu kuri uyu wa 18 Ukwakira 2023 yasobanuye ko nyuma y’imyaka itanu urugamba rwo kubohora igihugu rurangiye, ubwo we yari Visi Perezida, habaye inama y’abaminisitiri […]

RIB irihanangiriza abereka abana amashusho y’urukozasoni

Abayobozi bo mu nzego z'ibanze muri Nyanza basabwe kwigisha abaturage

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, rurihanangiriza abantu bakuru bahohotera abana, barimo ababereka amashusho cyangwa amafoto y’urukosazoni, ashobora kumushora mu ngeso z’ubusambanyi. Umukozi wa RIB mu ishami rishinzwe gukumira no kurwanya ibyaha, Ntirenganya Jean Claude, kuri uyu wa 18 Ukwakira 2023 ubwo uru rwego rwari mu bukangurambaga mu bayobozi b’inzego z’ibanze mu murenge wa Muyira mu karere […]

Sebastian Kurz wahoze ayobora Autrichia yitabye urukiko

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 18 Ukwakira, Sebastian Kurz wahoze ari Umuyobozi wa Autrichia, yatangaje ko ari umwere ubwo yajyaga mu rubanza aregwamo kuba yaratanze ubuhamya bw’ikinyoma, mu kibazo cya ruswa giherutse kunyeganyeza iki gihugu cyo mu Muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi. Kurz niwe muntu uzwi cyane watunzwe urutoki mu ruhererekane rw’amahano, kandi uru rubanza […]

Brussels: Twahirwa yihakanye abatangabuhamya bamushinja kwica Abatutsi muri Kigali

Kuri uyu wa 18 Ukwakira 2023 mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi, Twahirwa SĂ©raphin uregwa kuyobora ibitero bitandukanye byo kwica Abatutsi mu mujyi wa Kigali mu gihe cya jenoside, yihakanye abatangabuhamya bamushinje. Twahirwa akomoka mu yari Perefegitura ya Gisenyi kandi yabaye umukozi muri Minisiteri yari ishinzwe imirimo ya Leta, MINITRAPE. Araburanira hamwe na […]

Depite Niyorurema yagaragaje icyuho cya ruswa mu myubakire ya za sitasiyo

Niyorurema Jean RenĂ© ntashira amakenga uburyo mu Rwanda hakomeje kubakwa sitasiyo za lisansi nyinshi zitubahirije amabwiriza bikabangamira abaturage. Iyi ntumwa ya rubanda iravuga ko muri ibi bikorwa hashobora kuba hari icyuho cya ruswa igasaba urwego rw’umuvunyi guhagurukira iki kibazo. Byagarutseho kuri uyu wa 18 Ukwakira 2023 ubwo urwego rw’umuvunyi rwagezaga ku nteko Inshinga amategeko raporo […]

Kagame na bosi wa Afrika CDC wajadili afya ya kidijitali

Rais Paul Kagame mnamo Jumanne, Oktoba 17, alikutana na Dk Jean Kaseya, Mkurugenzi Mkuu wa Afrika CDC, wakala wa afya wa bara ambalo hujenga uwezo wa kuhakikisha mwitikio mzuri kwa magonjwa. Viongozi hao wawili walijadili juhudi za kuimarisha afya ya umma barani Afrika, hususan ufadhili wa afya ya ndani, utengenezaji wa chanjo, na afya ya […]

Museveni yatangaje ko ba mukerarugendo bishwe bari mu kwa buki

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko ba mukerarugendo babiri, umwe w’Umwongereza n’umugore we ukomoka muri Afurika y’Epfo, biciwe muri Pariki yitiriwe Umwamikazi Elizabeth II bari mu kwezi kwa buki. Inkuru y’urupfu rw’aba ba mukerarugendo n’umushoferi wabo yatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga, kuri uyu wa 17 Ukwakira 2023, asobanura ko abagizi […]

UN irabona intambara yeruye y’u Rwanda na RDC, hatagize igikorwa

Huang Xia yasabye u Rwanda na RDC kuganira, bigakumira intambara

Umuryango w’Abibumbye (UN) urabona ko intambara yeruye hagati y’u Rwanda na Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) ishoboka, mu gihe abayobozi bo muri ibi bihugu batakwicarana ngo baganire, bacoce ibibazo biri hagati yabyo. Ibi byagaragajwe n’intumwa y’Umunyamabanga Mukuru wa UN mu karere k’ibiyaga bigari, Huang Xia, imbere y’akanama k’uyu muryango gashinzwe umutekano, i New York […]

Nairobi: Umunyemari yashinjwe kuriganya rwiyemezamirimo w’Umunyarwanda asaga miliyari 3

Umucuruzi wo muri Kenya kuri uyu wa Kabiri, itariki 17 Ukwakira, yashinjwe umugambi wo kuriganya rwiyemezamirimo w’Umunyarwanda miliyoni 400 z’Amashilingi. Icyatangiye ari gahunda yo kwagura ikigo cy’ikoranabuhanga cy’imari cy’Umunyarwanda muri Kenya cyarangiye umwe mu bayobozi bacyo ashinjwa umugambi wo kunyereza miliyoni 400 z’amashilingi (asaga miliyari 3 na miliyoni 200 z’Amanyarwanda). Kirimi Koome yitabye urukiko nyuma […]

Gabon plans to open a diplomatic representation in Rwanda

With the aim of strengthening its cooperation with the country, and taking into account the large number of its nationals living there, Gabon is considering opening a diplomatic representation in Rwanda. Instructions relating to this were given by the President of the Transition to the Minister of Foreign Affairs according to the online newspaper Gabonreview.com. […]

Un homme d’affaires kenyan accusĂ© d’avoir fraudĂ© 400 millions de shillings à  un Rwandais

Ce qui a commencĂ© comme un projet visant à  dĂ©velopper une entreprise de technologie financiĂšre basĂ©e au Rwanda au Kenya a conduit à  l’accusation d’un homme d’affaires pour complot en vue de frauder l’entreprise de 400 millions de shillings. Les dĂ©tectives de la Direction des enquĂ ÂȘtes criminelles (DCI) sont à  la recherche de Kirimi Koome […]

Ni iki RIB ivuga ku batukanira mu ruhame, ntibakurikirane?

Ibibazo ni byinshi ku rwego rw’ubugenzacyaha, RIB, nyuma y’aho tariki ya 16 Ukwakira 2023 rutangaje ko rwafunze umunyamakuru Nkundineza Jean Paul, rumukurikiranyeho ibyaha bitatu birimo gutukana, rwemeza ko rufite ibimenyetso bifatika kandi bihagije byerekana ko yabikoze yabigambiriye. Ku rubuga rwa X uru rwego rwatangarijeho aya makuru, mu mwanya w’ibitekerezo rurabazwa impamvu rudata muri yombi abamaze […]

CECLA ikomeje gufasha abakandida bigenga bifuza gukora ibizamini bya Leta mu ndimi

Ishuri CECLA (Centre d’Encadrement des Candidats Libres Adultes) ryatangiye kwigisha indimi na siyansi abakandida bigenga (candidats libres) bifuza gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye. Iri shuri kandi ribifashijwemo n’abarimu b’inararibonye, rihugura n’abandi bose babyifuza bazakora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mashami ya: LFK, LKK, MEG na MCB. CECLA yigisha guhera saa kumi […]

New York: U Rwanda rwasabye RDC kurwubahira ubusugire

Ambasaderi wungirije w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN), Kayinamura Robert, yasabye ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo kurwubahira ubusugire. Ibi yabisabiye mu nama y’akanama ka UN gashinzwe umutekano, yaganirirwagamo ku mutekano wo mu karere k’ibiyaga bigari, yateranye kuri uyu wa 17 Ukwakira 2023, i New York muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Yagize ati: […]

Israel yarashe ibitaro bikomeye muri Gaza, hapfa amagana

Ingabo za Israel zirashinjwa kurasa ibitaro bya Al Ahli Arab biherereye mu ntara ya Gaza Strip, zica ababarirwa mu magana bari babirimo, zikomeretsa n’abandi benshi. Ni igikorwa cyamaganwe n’umuryango mpuzamahanga wita ku buzima, WHO, ugira uti: “WHO iramaganana imbaraga igitero ku bitaro bya Al Ahli Arab mu majyaruguru ya Gaza Strip. Ibitaro byakoraga, n’abarwayi, abatanga […]

Abanyamakuru ntibumva ukuntu Nkundineza afunzwe kandi RMC ihari

Dr Murangira aravuga ko ibyo Nkundineza yakoze bihabanye n'umwuga

Bamwe mu banyamakuru bakorera mu Rwanda ntibumva ukuntu mugenzi wabo Nkundineza Jean Paul yatawe muri yombi n’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, aho guhamagazwa n’urwego rw’abanyamakuru bigenzura, RMC, kugira ngo rukemure ikibazo cye. Aba barimo Mutuyeyezu Oswald ukorera Radio/TV10 wavuze ko ikibazo cy’uyu munyamakuru cyakabaye gikemurwa na RMC. Yagize ati: “Ariko ntekereza ko urwego rufasha abanyamakuru kwigenzura, […]

Muri Tanzania hatangiye guteranyirizwa indege

Mu cyumweru gishize, isosiyete y’indege ikorera mu mujyi wa Morogoro, Airplanes Africa Limited (AAL), yerekanye indege yateranyirijwe bwa mbere muri Tanzaniya. Imurikwa rya Skyleader 600 (nkuko indege yiswe) ryabereye muri salle izwi nka Diamond Jubilee Hall ya Tanzaniya International Manufacturers Expo 2023 (TIMEXPO), mu murwa mukuru w’iki gihugu, Dar es Salaam. Indege yagenewe gutwara abantu […]

Waziri wa Biashara aitwa na bunge kwa kukosekana kwa ufanisi katika Hifadhi za Viwanda

Bunge, mnamo Jumatatu, liliazimia kumwita Waziri wa Biashara na Viwanda Jean Chrysostome Ngabitsinze kutoa maelezo kuhusu masuala yaliyoangaziwa katika ripoti ya ukaguzi wa utendaji ya Mkaguzi Mkuu wa Hesabu za Serikali kuhusu maendeleo ya bustani za viwanda nchini. Azimio hilo lilitolewa kufuatia Bunge la Chini kupitisha ripoti ya Kamati ya Uchumi na Biashara iliyofanya tathmini […]

FARDC igiye kohereza izindi ‘Brigade’ 15 zo guhangana na M23

Umugaba Mukuru w’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo (FARDC), Lieutenant GĂ©nĂ©ral Christian Tshiwewe, yatangaje ko agiye kohereza mu burasirazuba bw’igihugu izindi Brigade 15 zo kurangiza intambara iri kuhabera. Brigade y’ibisirikare byinshi ku Isi iba igizwe n’abasirikare bari hagati y’1800 n’3000. Iba igizwe na za Batayo kandi Batayo igirwa n’abari hagati ya 600 n’1000. Uyu […]

Depite Ndagijimana ntashyigikiye ko abafite uburwayi bwo mu mutwe bakomeza ‘guterwa ibishinge’

Depite Ndagijimana LĂ©onard yagaragaje ko adashyigikiye ko abafite uburwayi bwo mu mutwe bakomeza guterwa inshinge no guhabwa imiti, kuko ngo ari uburyo bwo kwita ku buzima bwabo butakigezweho. Yabigaragarije Inteko Rusange y’umutwe w’abadepite kuri uyu wa 16 Ukwakira 2023 ubwo yakiraga raporo y’isesengura ya komisiyo ishinzwe imibereho ku kibazo by’abafite ubumuga. Uyu mudepite yagize ati: […]

Kagame s’entretient avec le nouvel homme fort du Gabon

f8lg0rewyaafkqy.jpg

Le prĂ©sident Paul Kagame a rencontrĂ© lundi 16 octobre le prĂ©sident de transition du Gabon et prĂ©sident du ComitĂ© pour la transition et la restauration des institutions, le gĂ©nĂ©ral Brice Clotaire Oligui Nguema, et sa dĂ©lĂ©gation, au village d’Urugwiro. Selon le bureau du prĂ©sident Kagame, les deux dirigeants ont discutĂ© du processus de transition en […]

Nidushyigikira M23, intambara izahinduka: Umuvugizi w’ingabo za Uganda

Brig Gen Kulayigye uvugira igisirikare cya Uganda

Umuvugizi w’ingabo za Uganda, Brigadier General Felix Kulayigye, yateye utwatsi amagambo ya bamwe mu Banyekongo bavuga ko abasirikare bari mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EACRF, muri Repubulika ya demukarasi ya Congo. Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa VOA, Brig. Gen. Kulayigye yibukije Abanyekongo igitero ingabo za Uganda zigeze kugaba muri RDC mu mwaka w’1986 […]

Perezida Joe Biden agiye gusura Israel mu gihe byifashe nabi mu karere

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 17 Ukwakira 2023, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, arasura Israel mu gihe yitegura gukaza umurego mu gitero ku barwanyi ba Hamas muri Gaza kandi hakaba hari impungenge ko bishobora kuvamo amakimbirane yagutse n’igihugu cya Iran nk’uko tubikesha Reuters. Uruzinduko rwa Biden rugamije kwerekana ko Amerika ishyigikiye […]

CĂŽte d’Ivoire: Uwari Guverineri wa Abidjan yagizwe Minisitiri w’Intebe

Kuri uyu wa Mbere, Guverineri w’umurwa mukuru w’ubukungu, Abidjan, wahoze ayobora komisiyo yigenga y’amatora (CEI), Robert BeugrĂ© MambĂ©, yagizwe Minisitiri w’Intebe mushya wa CĂŽte d’Ivoire kandi biteganijwe ko azashyiraho guverinoma nshya mu cyumweru, mu gihe habura imyaka ibiri ngo habe amatora ataha ya perezida. Perezida Alassane Ouattara yasabye Minisitiri w’intebe mushya “gusshyiraho guverinoma nshya vuba […]

Abadepite baratabariza ababyeyi b’abanyeshuri bafite ubumuga

Abadepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda batabarije ababyeyi b’abanyeshuri bafite ubumuga biga mu mashuri yabo yihariye kuko bishyura amafaranga menshi, ugereranyije n’ayo abandi bo mu mashuri asanzwe bishyura. Ibi babigaragarije mu nteko rusange y’umutwe w’abadepite kuri uyu wa 16 Ukwakira 2023, ubwo yagezwagaho raporo y’isesengura rya komisiyo ishinzwe imibereho y’abaturage ku bibazo byagaragaye mu […]

RIB ifunze umunyamakuru Nkundineza

Ihamagara rya RIB kuri Nkundineza rikurikiwe n'ifungwa rye

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, mu ijoro ry’uyu wa 16 Ukwakira 2023 rumaze gutangaza ko rwataye muri yombi umunyamakuru Nkundineza Jean Paul umenyerewe mu gukora inkuru z’ubutabera. Ku rubuga rwa X, uru rwego rwagize ruti: “RIB yafunze Nkundineza Jean Paul, Umunyamakuru wigenga (freelance). Akurikiranyweho ibyaha yakoreye ku murongo wa YouTube birimo gutukana mu ruhame, guhohotera uwatanze […]

Umuryango mpuzamahanga w’abanditsi urasaba ko umunyamakuru Manirakiza afungurwa

Umuryango PEN International w’abanditsi urasaba ko umunyamakuru Manirakiza ThĂ©ogene wa Ukwezi TV afungurwa kuko ngo arazira ibirego bihimbano. Tariki ya 11 Ukwakira 2023, urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rwatangaje ko rwataye muri yombi Manirakiza, rumukurikiranyeho icyaha cya ruswa. Rwasobanuye ko yafatiwe mu cyuho yakira amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 500 yo kugira ngo adatangaza inkuru. Hari amakuru avuga […]

U Burusiya bwemeye gusubiza abana 4 b’Abanya-Ukraine imiryango yabo

U Burusiya bwemeye gusubiza abana bane bo muri Ukraine mu miryango yabo, mu rwego rw’amasezerano yagizwemo uruhare na Qatar. Kubacyura biri muri gahunda y’ibanze yo gusubiza abana ibihumbi n’ibihumbi bashimuswe n’u Burusiya nyuma yo gutera Ukraine mu mwaka ushize. Umwana muto muri bane afite imyaka ibiri, naho umukuru afite imyaka 17. Ukraine yavuze ko yabaruye […]

Les députés kenyans veulent un audit universitaire sur le campus de Kigali

Le parlement du Kenya a ordonnĂ© un audit mĂ©dico-lĂ©gal sur les 618 millions de Ksh (4,14 millions de dollars) dĂ©pensĂ©s par l’UniversitĂ© Kenyatta pour acquĂ©rir son campus à  Kigali, l’ancien secrĂ©taire du cabinet de l’à‰ducation, Fred Matiang’i, se distanciant d’une directive visant à  le fermer. La Commission des investissements publics dans l’Ă©ducation de l’AssemblĂ©e nationale, […]

Abadepite bahagurikiye igihombo cyatewe na campus za Kenyatta University i Kigali

Inteko ishinga amategeko ya Kenya yategetse ubugenzuzi bw’imari kuri miliyoni 618 Ksh (miliyoni 4.14 $) Kaminuza ya Kenyatta yakoresheje kugira ngo igure campus zayo i Kigali, mu gihe Fred Matiang’i wahoze ari umunyamabanga wa cabinet ushinzwe uburezi, yitandukanije n’amabwiriza yo kuyihagarika. Komite y’igihugu ishinzwe ishoramari rya leta mu burezi, iyobowe n’umudepite uhagarariye Bumula, Jack Wamboka, […]

Western Provincial Women Greens Congress: A Resounding Success

Chairman of DGPR, Dr Frank

October 13, 2023 was an extraordinary event in the Western Province, as the party President, Dr. Frank Habineza together with other leaders from the seven Districts that make up the Western province that is Karongi, Nyamasheke, Rusizi, Rutsiro, Ngororero, Nyabihu and Rubavu gathered for the highly anticipated Women’s Congress. This marks the second province where […]

Ambasaderi Swinnen yatangaje icyo yavuganye na Agatha, indege ya Habyarimana imaze guhanurwa

Johan Swinnen wabaye Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda kuva mu mwaka w’1990 kugeza tariki ya 13 Mata 1994, yatangaje icyo yavuganye na Uwilingiyimana Agatha wari Minisitiri w’Intebe, ubwo indege ya Habyarimana JuvĂ©nal wari Perezida w’iki gihugu cyo mu burasirazuba bwa Afurika yari imaze guhanurwa. Ambasaderi Swinnen uri mu kiruhuko cy’izabukuru, yifashishijwe nk’umutangabuhamya usobanura amateka kuri […]

USA: Umwana w’Umunyapalestine yishwe atewe icyuma nyina asigwa ari intere

268bcf987a4eba600542312ddbfcd2bb.jpg

Igipolisi cyo muri Amerika cyashinje umugabo w’imyaka 71 icyaha cy’ubwicanyi n’urwango nyuma yo kwica umwana w’imyaka itandatu ndetse anakomeretsa bikabije nyina w’imyaka 32, avuga ko yatoranije abahohotewe kubera imyemerere yabo ndetse nk’igisubizo ku ntambara iri hagati ya Israel na Hamas. Polisi yo mu gace ka Will County mu mujyi wa Chicago, mu itangazo ryayo ku […]

Ndagijimana yateye utwatsi ibivugwa ko yangiririjwe muri kasho

Ndagijimana Emmanuel uvuga ko yangiririjwe ikibuno mu igororero rya Rubavu yateye utwatsi amagambo y’abosifiye bo mu rwego rw’igihugu rushinzwe igorora, RCS, baherutse kubwira urukiko ko yakubitiwe muri kasho ya Polisi. Uyu musore utuye mu karere ka Rubavu yumvikanye atanga ubuhamya tariki ya 13 Kanama, avuga mu 2020 abayobowe na SP Uwayezu Augustin wari umuyobozi wungirije […]

RDC na Uganda byakuyeho viza ku baturage bajya mu gihugu kimwe cyangwa ikindi

1bc9e548-b5f3-4764-bc23-b5cb1470bd21.jpg

Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Uganda byafashe umwanzuro, ku wa Gatandatu mu nama ya 8 isanzwe ya komisiyo nini ihuriweho yabereye i Kinshasa, w’ikurwaho rya viza zo kwinjira mu gihugu kimwe cyangwa ikindi, hagamijwe guteza imbere urujya n’uruza rw’abantu, nk’uko byatangajwe n’abayobozi. Mu itangazo rihuriweho ryasinywe na minisitiri wa Uganda ushinzwe ibibazo by’akarere, Rebecca […]

Migi yavuze ku byo kuba yararebye imyitozo ya Rayon Sports ku mbaraga ashinjwa

LUmutoza wungirije wa Musanze FC, Mugiraneza Jean Baptiste ‘Migi’ yanyomoje ibyo ashinjwa byo kuba yarakoroganye n’abantu bo muri Rayon Sports kugeza arebye imyitozo y’iyi kipe ku mbaraga. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Rayon Sports yakoreye imyitozo ku kibuga cya Stade Ubworoherane, mbere yo kuhatsindirwa na Musanze FC igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa […]

Blinken arasaba Israel kutababaza abatuye muri Gaza

Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Antony Blinken, arasaba Leta ya Israel kurwanya umutwe wa Hamas nk’uko yabirahiriye, ariko ikirinda kubabaza abatuye mu gice cya Gaza Strip. Blinken yatangarije ibi abanyamakuru i Cairo mu Misiri kuri uyu wa 15 Ukwakira 2023, nyuma y’uruzinduko yagiriye muri Israel rwari rugamije kwereka iki gihugu ko USA igishyigikiye […]

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza yahamagajwe na RIB

mecky.jpg

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwahamagaje umunyamakuru Jean Paul Nkundineza umenyerewe mu nkuru z’ubutabera kugira ngo yitabe mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Ukwakira 2023. Inyandiko dufitiye kopi yashyizweho umukono n’umugenzacyaha Steven Rukotana tariki ya 14 Ukwakira 2023, isaba Nkundineza kwitaba ubutumire ku biro bikuru bya RIB ku Kimihurura saa tatu z’igitondo. Ntabwo umugenzacyaha yamenyesheje […]

Kenya: Visi Perezida yahatiye umudepite gutanga inkunga ikubye 2 iyo yari yatanze

Kuri iki Cyumweru, Umudepite watorewe muri Kilgoris, Julius Sunkuli, yahatiwe gutanga inkunga ya miliyoni 5 z’Amashilingi ya Kenya (Ksh) nyuma y’uko Visi Perezida, Rigathi Gachagua yanze iyo yari yatanze ya miliyoni 2. Gachagua yari yitabiriye amasengesho y’itorero muri Kilgoris, mu Ntara ya Narok, aho yagenzuraga inkunga yo kubaka ishuri ribanza rya Ol Motonyi n’ishuri ryisumbuye […]

Israel yarunze ibifaru ku mupaka na Gaza mu gihe hitegurwa ibitero byo ku butaka

Ibifaru bya Israel byatangiye kurundwa ku ruzitiro rw’umupaka na Gaza mu gihe ibikorwa bya gisirikare bikomeje kandi ibisasu bikomeje gusukwa kuri Palesitine. Ibihumbi n’ibihumbi by’Abanyapalestine bavanwe mu byabo nyuma y’uko Israel isabye abaturage miliyoni 1.1 batuye mu majyaruguru ya Gaza kwimukira mu majyepfo mu gihe igitero cyo ku butaka gikomeje gutegurwa. Nibura Abanyapalestina 2,329, barimo […]

Kenya: Barifuza itegeko ryatuma u Burundi na Sudani y’Epfo bigira ububasha buke muri EAC

Abadepite bagize komisiyo ishinzwe ukwishyira hamwe kw’akarere mu nteko ishinga amategeko ya Kenya barifuza itegeko mu muryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba ryatuma ibihugu bitanga umusanzu munini bigira ijambo rikomeye, ibitanga muke nk’u Burundi na Sudani y’Epfo bikagira ububasha buke. Muri ubu busabe, aba badepite bagize komisiyo iyobowe na Wanjiku Muhia bagaragaje ko u Burundi na […]

Buruseli: Ibya Pierre Basabose bishobora kuba nk’ibya Kabuga Felicien

Mu Bubiligi, urubanza rw’abahoze ari abayobozi b’u Rwanda ku byaha bya jenoside mu 1994 rwahagaze kubera ibibazo by’ubuzima bw’umwe mu baregwa. Kimwe no ku wundi muntu ukekwaho kuba yarakoze jenoside, FĂ©licien Kabuga, ibibazo byo mu mutwe bya Pierre Basabose w’imyaka 76, ngo bigoye inzira z’ubucamanza. Byongeye kugibwaho impaka mu rukiko rw’i Buruseli kuri uyu wa […]

UN ihangayikishijwe n’uburyo umugore wo mu cyaro akomeje gutsikamirwa

Umuryango w’Abibumbye (UN) urasabira umugore wo mu cyaro ububasha n’amahirwe nk’iby’umugabo kugira ngo na we akomeze atange umusanzu ufatika mu iterambere. Kuri uyu wa 15 Ukwakira Isi yizirizaho umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro, UN yagize iti: “Abagore n’abakobwa bo mu cyaro babura amahirwe angana n’ay’abagabo ku mitungo, serivisi rusange: nk’uburezi, ubuzima n’ibikorwaremezo nk’amazi, mu […]

Amerika yohereje ubwato bwa 2 bw’intambara gushyigikira Israel

Ubwato butwara indege z’intambara bwa Amerika, USS Dwight D Eisenhower Carrier Strike Group bwasanze ubundi, USS Gerald R Ford, bwageze mbere mu Nyanja ya Mediterane, mu rwego rwo kwerekana ko bashyigikiye Israel iri mu ntambara n’umutwe wa Hamas kuva kuwa Gatandatu ushize. Igisirikare cya Israel cyagaragaje ko cyiteguye kwagura intambara kuri Gaza n ‘“ibitero bihuriweho […]