• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
    Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
    Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi
    Lutundula yabwiye akanama ka Loni ko kajugujugu ya RDF iherutse kugwa i Rumangabo
    Muhanga: ’Abahebyi’ bari guhigwa bukware nyuma yo gutema abarinzi b’ikirombe
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Ambasaderi Gatete yatangaje ko ibihano byo gushimisha RDC ntacyo bizamara
    Mukuralinda yahishuye ko ubwo yahuraga na Lutundula, bateranye urwenya
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Rayon Sports mu ntambara na FERWAFA, Umujyi wa Kigali na Urid Technologies
    Ibihugu 3 bituranye n’u Rwanda byahawe kwakira CAN 2027
    Perezida wa Rayon Sports yemeje ko hari aba-Rayon bari kuyigambanira ngo izatsindwe na Al Hilal
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Uwiba igihugu akwiye kunyagwa ku buryo ananirwa kwitegera igare: Apôtre Mutabazi

ubutabera

Uwiba igihugu akwiye kunyagwa ku buryo ananirwa kwitegera igare: Apôtre Mutabazi

Yanditswe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 28/08/2023 09:18

Apôtre Mutabazi Kabarira Maurice arabona ko abantu bose biba umutungo w’igihugu badakwiye gufungwa gusa, ahubwo ko bakwiye no kunyagwa ku buryo batazajya bashobora kwitegera igare.

Uyu muvugabutumwa ukunze kumvikana mu busesenguzi muri politiki, mu kiganiro yagiriye ku muyoboro wa Megapex, yavuze ko yakoze ubushakashatsi, asanga abantu nk’aba biba igihugu baba bakwiye guhabwa ibihano biteye ubwoba ku buryo batazongera gutinyuka kwiba.

Ni amagambo yavuze ashingiye ku ijambo rya Perezida Paul Kagame uherutse kuganiriza abavuga rikumvikana bateraniye i Nyakinama mu karere ka Musanze, aho yababwiye ko yabwiye Gatabazi Jean Marie Vianney wabaye Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu ati “Nturi umukono, uri igisambo.”

Apôtre Mutabazi yavuze ko igifungo cyonyine ari nk’ikiruhuko. Ati: “Ni Abanyarwanda benshi nzi ko ari butware miliyari, akayitsimba, akagaruka mukamufunga itanu rwose, biriya ni nka vacance. Ariko uzi umuntu ufunzwe afite amafaranga urwego aba arimo, umwami hariya mo imbere? Ni nk’akaruhuko k’imyaka itanu, kandi imyaka itanu urahombya ugahombora bikaba birarangiye.”

Uyu musesenguzi yavuze kandi ko wa muntu wafunzwe imyaka itanu ariko akagumana amafaranga yibye, afunguwe, akabona amahirwe yo gukora indi nshingano azibamo izindi miliyari, yakwemera agafungwa, na zo akazitwara. Ati: “Ntabwo yatinya ko uzamufata, keretse umufashe atarayageza mu butsimbo.”

Abona umuti ari uyu, “iyo ushaka guca ruswa, ukora icyo bita therapy with fear. Nabyanditsemo mu gitabo 2019.” Na none ati: “Umwami yagiraga ibihano bigera kuri 6, birimo kunyaga. Yanyagaga ate? N’abagore bawe yarabatwaraga, inka zose akazitwara, izo yakugabiye n’izo zabyaye.”

Yakomeje ati: “Kujyana umuntu Mageragere ntibyatuma uwo muri Shisha Kibondo atayatwara ariko umunyaze kugera ku rwego no gutega igare ava Nyabugogo, ajya Kinamba bidashoboka, umuntu wese usigaye mu nzego, ayo yariye yabanira aho, agasenga Imana ngo batazamufata gusa.”

"Kunyagwa imitungo" ni na cyo gihano Apôtre Mutabazi yigeze gusabira Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco, ubwo yemeraga ko yakiriye indonke. Yaribasiwe nyuma yo kugaragaza iki cyifuzo gusa n’ubu aracyavuga ko agihagaze muri uru ruhande.

Izindi Nkuru Bijyanye


Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Muhanga: Ushinjwa kwiba toni 10 za sima yavuze ko yabitewe n'inzara
Muhanga: Ushinjwa kwiba toni 10 za sima yavuze ko yabitewe n’inzara
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Izindi wasoma

Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we

Kutiteranya biri gutiza umurindi ihohoterwa rishingiye ku gitsina: RIB

Muhanga: Ushinjwa kwiba toni 10 za sima yavuze ko yabitewe n’inzara

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru

TUYIZERE JD
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

2 Ibitekerezo

kamanzi Kuwa 28/08/23

Uyu munsi,ushatse wese yiyita Apotre.Dore ibintu byarangaga Apotres nyakuli ba Yesu.Bagendaga bakora ibitangaza aho bageze hose,bakiza abaremaye,impumyi,ndetse bakazura abantu bapfuye.Nta na rimwe basabaga amafaranga cyangwa umushahara.Urugero,Apotre Pawulo yirirwaga mu nzira abwiriza abantu kandi ku buntu,akabifatanya n’akazi ko kuboha amahema akayagurisha.Nkuko dusoma mu Ibyakozwe 8:18-20,iyo wabahaga amafaranga,barakubwiraga ngo "uragapfana n’ayo mafaranga yawe".Abiyita ba Apotres uyu munsi,bose banyunyuza amafaranga abayoboke babo.Nkuko bible ivuga,Imana idusaba gusohoka mu madini y’ikinyoma,kugirango tutazarimbukana nayo ku munsi wa nyuma.

Subiza ⇾

iganze Kuwa 28/08/23

Ariko uyu ngo ni apotre igihe cyose mbona avuga ko atavuga ijambo ry’Imana akivugira ibindi niby Imana yamutumye?

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye

Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we

Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger

Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry'Intumwa Muhamadi
Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi

Inyungu ku nguzanyo ziri gutera abato kwiyahura: Museveni
Inyungu ku nguzanyo ziri gutera abato kwiyahura: Museveni

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
29/09/23 14:00
Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
29/09/23 13:24
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
29/09/23 12:01
Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry'Intumwa Muhamadi
29/09/23 12:00
Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi
ubukungu

Inyungu ku nguzanyo ziri gutera abato kwiyahura: Museveni

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yategetse ko inyungu zisabwa abahabwa inguzanyo (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Lutundula yabwiye akanama ka Loni ko kajugujugu ya RDF iherutse kugwa i Rumangabo

Mu ijambo yavugiye imbere y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano kuri uyu wa (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Muhanga: ’Abahebyi’ bari guhigwa bukware nyuma yo gutema abarinzi b’ikirombe

Inzego z’umutekano mu karere ka Muhanga ziri guhiga bukware insoresore zo mu gatsiko kazwi (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Putin yavuganye n’uwari umuyobozi muri Wagner ushobora gusimbura Prigozhin

Kuri uyu wa Gatanu, Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yerekanwe ari mu nama n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.