Gen Muhoozi agiye kubaka ikibumbano cya Yesu 

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatangaje igitekerezo cyo kubaka ikibumbano kinini cya Yesu Kristo kurusha ibindi muri Afurika. Muhoozi, akaba umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, yavuze ko icyo kibumbano cyizashyirwa hamwe mu misozi yo muri Kampala. Ibi yabivuze ku wa Kabiri tariki ya 25 Kanama 2026, abinyujije ku rubuga rwa X, aho […]

Icyo wamenya ku ishoramari ry’u Rwanda n’umuherwe Dangote

U Rwanda ruri mu biganiro by’ibanze ku bijyanye no kugira imigabane muri Lamu Oil Refinery, umushinga munini wo gutunganya peteroli uteganyijwe kubakwa i Lamu muri Kenya, ushorwamo imari n’umushoramari w’Umunya-Nigeria, Aliko Dangote. Perezida Paul Kagame yemeje ko ibiganiro hagati y’u Rwanda n’abategura uyu mushinga biriho, ariko ko bikiri mu ntangiriro kandi ko hakiri byinshi bigomba […]

Leta ya RDC yahagaritse kaminuza zo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Minisiteri y’Amashuri Makuru, Kaminuza, Ubushakashatsi n’Ubuhanga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yahagaritse, kugeza igihe hazatangwa andi mabwiriza, ibikorwa by’amasomo muri kaminuza n’amashuri makuru yo mu mijyi ya Goma na Bukavu igenzurwa na AFC/M23. Iki cyemezo kiri mu itegeko rya Minisitiri ryo ku wa 20 Kanama 2026, aho Minisiteri ivuga ko cyafashwe kubera umutekano […]

Kazungu wa Ingufu Gin yasabiwe gufungwa iminsi 30

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ko Ntihanabayo Samuel wamenyekanye nka Kazungu, nyir’uruganda rwa Ingufu Gin, akurikiranwa afunzwe iminsi 30 y’agateganyo. Kuri uyu wa 25 Kanama 2026, nibwo ubushinjacyaha bwatanze ubu busebe, ubwo Ntihanabayo na bagenzi be 16 barimo abakozi n’abayobozi b’inganda zakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge, ndetse n’abandi baturutse mu nzego za Leta, baburanaga ku […]

Imbamutima za Crazy Kennar wo muri Kenya wahawe selfie na Perezida Kagame

Umunyarwenya wo muri Kenya , Crazy Kennar, yahuye na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame i Kigali, amusobanurira inkuru iri inyuma y’agakino yakoze ku buryo Abanyarwanda bafata Perezida wabo. Kennedy Odhiambo ukoreshe amazina ya Crazy Kennar ku mbuga nkoranyambaga yari mu Rwanda mu nama ya Africa Mindset Reset Forum yabereye i Kigali ku wa 24 Kanama […]

Amerika yahannye Iran yihanukiriye

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ibihano bishya by’ubukungu kuri Iran, mu rwego rwo kongera igitutu kuri Tehran no kugabanya ubushobozi bw’iki gihugu bwo kubona amafaranga akenewe mu bikorwa bw’intambara. Minisitiri w’Imari wa Amerika, Scott Bessent, yavuze ko ibihano bishya bigamije “guca burundu inzira zose z’ubukungu zitunze Iran”, anasaba ibihugu bifitanye ubucuruzi na Iran, cyane […]

Ubufaransa bwaciye telefoni mu mashuri yisumbuye

Mu Bufaransa, abayobozi b’amashuri yisumbuye bagiye gushyira mu bikorwa icyemezo cyo kubuza abanyeshuri gukoresha telefoni zigendanwa mu mashuri, mu gihe umwaka mushya w’amashuri wegereje. Guverinoma y’u Bufaransa yemeje ko iri tegeko rizatangira gukurikizwa guhera mu ntangiriro z’umwaka w’amashuri wa 2026-2027. Icyemezo kije mu rwego rw’ingamba zigamije kugabanya ikoreshwa rya telefoni n’imbuga nkoranyambaga mu bana. Gusa […]

Abarimu bo mu mashuri abanza basabwe gusubira ku ishuri

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko abarimu basanzwe bigisha mu mashuri abanza bafite impamyabumenyi ya A2 bahawe igihe ntarengwa cy’imyaka itanu cyo kuba bamaze kuzamura urwego rw’amashuri bakabona A1. Iyi gahunda ije nyuma y’ivugurura ry’imyigishirize mu mashuri nderabarezi (TTC), aho abanyeshuri bazajya biga imyaka itanu aho kuba itatu, bakarangiza bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza, ari […]

Sukhoi ya Indonesia yarenze umuhanda

Indege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi, ikoreshwa n’Ingabo zirwanira mu Kirere za Indonesia, yarenze umuhanda w’indege ku Kibuga Mpuzamahanga cya Sultan Hasanuddin giherereye i Maros, muri leta ya South Sulawesi. Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 24 Kanama 2026, ubwo iyo ndege yari ku muhanda w’indege w’iburengerazuba w’iki kibuga. Amakuru yatangajwe […]

Kenya: Abanyamakuru bakubitiwe muri sitade

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Kenya, (FKF), ryamaganye urugomo n’akaduruvayo byagaragaye kuri Nyayo National Stadium nyuma y’umukino wa FKF Super Cup wahuje Gor Mahia na Tusker FC ku Cyumweru tariki ya 23 Kanama 2026. Tusker FC yatsinze Gor Mahia ibitego 3-1, ariko ibirori byo gushyikiriza ikipe yegukanye igikombe birangira bihindutse imvururu, ubwo bamwe mu bafana binjiraga […]

Messi yahanwe nyuma yo kuniga umukinnyi

Rutahizamu wa Inter Miami, Lionel Messi yaciwe amande na MLS nyuma yo kugaragara afatana mu ijosi rya Quinn Sullivan wa Philadelphia Union mu mvururu zabaye nyuma y’umukino warangiye amakipe yombi anganya ibitego 2-2. MLS ntiyatangaje umubare w’amafaranga Messi yaciwe, ariko yatangaje ko iki gihano gifitanye isano n’imyitwarire ye mu minota ya nyuma y’umukino. Mugenzi we […]

Mayeri yashimuswe azira kubenga umukobwa

Umuryango wa Mayeri Jean Claude, umusore w’imyaka 26 wo mu Karere ka Nyagatare, uravuga ko uhangayikishijwe n’ubuzima bwe nyuma y’uko avuga ko yashimuswe n’abantu batatu bakamuhatira kurongora umukobwa wabo. Mayeri avuga ko yari asanzwe akundana n’uwo mukobwa, ariko nyuma bakaza gutandukana. Ni bwo umwe mu bagabo bo mu muryango w’uwo mukobwa yamushinjaga kwanga kumurongora ndetse […]

Abakongomani ntibifuza ko Rema ajya gutaramira i Kigali

Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeats, Rema, witezwe mu gitaramo kizabera muri BK Arena i Kigali ku wa 5 Nzeri 2026, ariko mbere y’uko agera ku rubyiniro, bamwe mu Bakongomani batangiye kumusaba kutitabira icyo gitaramo. Rema yatumiwe nk’umuhanzi mukuru mu gitaramo kizaba mu rwego rwo gusoza ibikorwa by’icyumweru cyahariwe Kwita Izina. Icyo gitaramo giteganyijwe kuba […]

Ni iki gituma Perezida Ndayishimiye ahora ajya i Kinshasa?

Uruzinduko rwa Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), rwongeye gutera ibibazo ku mpamvu zituma uyu mukuru w’igihugu agenda i Kinshasa kenshi, mu gihe intambara yo mu burasirazuba bwa Congo ikomeje. Ku wa 20 Kanama 2026, Ndayishimiye yagiye i Kinshasa mu ruzinduko rwari rwatangajwe ku mugaragaro ko rugamije kwitabira ibirori […]

Amerika ifite ideni rya tiriyali 40 z’amadorali

Umwenda w’igihugu wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wageze ku rwego rutigeze rubaho, aho wamaze kurenga tiriyali 40 z’amadolari, ku nshuro ya mbere mu mateka y’igihugu. Amakuru yatangajwe n’Ikigega cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, US Treasury, ku wa Gatatu tariki ya 19 Kanama 2026, agaragaza ko umwenda ukomeje kwiyongera ku muvuduko ukomeye. Ibi bikomeje […]

Amerika igiye guha Iran ibihano bikakaye kurusha ibindi mu mateka

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko igiye gushyiraho ibihano bikomeye cyane kuri Iran, mu rwego rwo kongera igitutu cy’ubukungu kuri Tehran no kuyihatira guhagarika intambara imaze hafi amezi atandatu mu Burasirazuba bwo Hagati. Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ikigega, Scott Bessent, yavuze ko ibyo bihano bizaba “bikakaye kurusha ibindi mu mateka”. […]

FDLR ifite abadepite bayihagarariye mu nteko

Amakuru mashya yatanzwe n’abahoze mu buyobozi bw’umutwe wa FDLR arongera gutera impaka ku cyemezo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyo gusenya burundu uwo mutwe, aho bavuga ko FDLR idafite abarwanyi gusa mu Burasirazuba bwa Congo, ahubwo ko hari n’abantu bayifasha cyangwa bayihagararira mu nzego za politiki n’umutekano. Ibi byatangajwe nyuma y’uko ubutegetsi bwa Kinshasa […]

Abadepite banenze amasezerano na Trump na RDC y’amabuye y’agaciro

Abadepite 54 bo muri Kongere ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bagaragaje impungenge ku masezerano y’ubufatanye mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump buri kugirana na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ndetse n’ibindi bihugu. Aba badepite bavuga ko ayo masezerano ashobora kubangamira uburenganzira bwa muntu, kurengera ibidukikije, iterambere ry’ubukungu bw’ibihugu bifite ayo […]

AI yatangiye kurenga ubushobozi bw’abayiremye

Ubushakashatsi bushya bwerekana ko ibigo bikomeye mu gukora ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI) bitarashyiraho ingamba zihagije zo kugenzura no gukumira imyitwarire itateganyijwe y’imashini zikoresha AI. Raporo yakozwe n’umuryango udaharanira inyungu witwa Guidelight AI Standards, washinzwe n’abahoze ari abakozi ba OpenAI, yasesenguye uburyo ibigo bitanu bikomeye bikora mu guteza imbere AI byubahiriza ingamba z’umutekano no kugenzura izo […]

Ikirombe cya Zahabu cyishe abarenga 100 muri Centrafrique

Abantu nibura 100 bapfuye nyuma y’iriduka ry’ikirombe cya zahabu gikorerwamo ubucukuzi butemewe n’amategeko muri Repubulika ya Centrafrique, hafi y’umupaka wa Cameroun. Iyi mpanuka yabereye ku wa Kabiri tariki ya 18 Kanama 2026, ahitwa Zamboye, ku birometero hafi 50 uvuye mu mujyi wa Baboua. Abatabazi baracyashakisha abantu bashobora kuba bakiri munsi y’ibitaka. Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga […]

Kimenyi Yves na Muyango bagiye gutandukana nta mitungo bagabanye

Kimenyi Yves, umunyezamu w’Amavubi, na Miss Muyango Claudine bari mu nzira zo gutandukana mu bwumvikane, nyuma y’imyaka ibiri bakoze ubukwe. Ikinyamakuru IGIHE cyivuga ko aba bombi bamaze kumvikana ku gutandukana, ndetse bakaba baranashyize umukono ku masezerano yabyo imbere ya noteri n’ababahagarariye mu mategeko. Muri ayo masezerano y’ubutane, hagaragaramo ko nta mitungo ihuriweho bafite bagomba kugabana, […]

Trump ari kwiyegereza Kim Jong Un

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye kugaragaza ubushake bwo kugirana ibiganiro na Kim Jong Un, umuyobozi wa Koreya ya Ruguru, mu gihe umubano wa Washington na Koreya y’Epfo utameze neza. Trump yavuze ko ibiganiro aherutse kugirana n’ubuyobozi bwa Koreya ya Ruguru byagenze neza, ndetse avuga ko umubano we na Kim Jong […]

Imyaka 19 ya Yann Diomandé ukinira Real Madrid ntivugwaho rumwe

Impaka zikomeje ku mbuga nkoranyambaga ku myaka y’umukinnyi Yann DiomandĂ©, nyuma y’uko yerekeje muri Real Madrid. Hari amafoto n’amakuru byakwirakwijwe bigamije gushidikanya ku myaka ye, ariko kugeza ubu nta kimenyetso cyizewe cyerekana ko imyaka atanga atari yo. DiomandĂ© avuga ko afite imyaka 19. Nyamara, kuva yatangira kuvugwa cyane mu bijyanye n’umupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga, […]

RNCDA yashyigikiye ingamba za Leta zo kurwanya inzoga zitemewe

Umuryango Nyarwanda ushinzwe kurwanya indwara zitandura, RNCDA, wavuze ko ushyigikiye ingamba Leta y’u Rwanda yafashe mu gukaza igenzura no kurwanya inzoga zitemewe, uvuga ko ari intambwe ikomeye mu kurengera ubuzima bw’abaturage. Mu itangazo ryawo ryo ku wa Kabiri tariki ya 18 Kanama, RNCDA yashimye Minisiteri y’Ubuzima n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ibiribwa n’Imiti ku kongera ubugenzuzi, gufunga […]

Amerika yafatiye ibihano abayobozi bakuru ba ICC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, yatangaje ibihano bishya ku bayobozi bakuru b’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), mu ntambwe nshya yo gukomeza igitutu Amerika imaze igihe ishyira kuri uru rukiko. Rubio yatangaje ko Amerika yafatiye ibihano Tomoko Akane, Perezida wa ICC ukomoka mu Buyapani, ndetse na Abdoulaye Seye, umushinjacyaha mukuru muri […]

Haracyari amezi 3 Ebola yica abakongomani

Umuryango w’Abibumbye wita ku Buzima (OMS) uravuga ko icyorezo cya Ebola gikomeje kwica abantu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) gishobora kuba cyakumirwa mu gihe cy’amezi atatu ari imbere, ariko abahanga bavuga ko hakiri imbogamizi zikomeye. Kugeza ubu, Ebola imaze guhitana nibura abantu 2,325 muri iki cyorezo, cyageze mu ntara ya gatandatu ya RDC. […]

Trump yakajije umurego kuri Iran na Gaza

Ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bukomeje gufata ibyemezo bishobora kugira ingaruka ku mutekano n’imibanire mpuzamahanga, by’umwihariko ku bibazo by’umutekano wo mu Burasirazuba bwo Hagati, ku mubano wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Koreya y’Epfo, ndetse no ku biganiro bigamije amahoro muri Gaza. Mu Burasirazuba bwo Hagati, Perezida Trump yakajije umurego ku kibazo cy’Inzira ya […]

Uhagarariye ibirombe bya Nyabyenda arafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Baziruwiha Ephrem, wari ushinzwe gucunga ibirombe by’umushoramari Nyabyenda Emmanuel, nyuma yo gukekwaho kugira uruhare mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe mu Karere ka Muhanga. Baziruwiha yafashwe mu mpera z’icyumweru gishize. Akekwaho gukoresha kompanyi ya Rugendabari Mining Company Ltd mu bikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro nta ruhushya. Rugendabari Mining igizwe n’ibindi bigo […]

Buri munsi inkiko zakira ibirego 20 bya gatanya

Inkiko zo mu Rwanda zakiriye ubusabe bwa gatanya za burundu bugera kuri 3,620 mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2026, kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena. Ibi bivuze ko ku mpuzandengo, buri munsi zakiraga ubusabe bugera kuri 20. Imibare mishya igaragaza ko ikibazo cya gatanya gikomeje kugaragara mu miryango nyarwanda, nubwo inkiko zishishikarizwa gushyira imbere […]

Ibyumweru bibarirwa ku ntoki mbere y’amatora y’inzego z’ibanze: Dore abazatorwa

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko amatora y’abayobozi b’inzego zegerejwe abaturage ateganyijwe gutangira muri Ukwakira 2026, akaba ari amatora azafasha Abanyarwanda guhitamo abayobozi bazabahagararira kuva ku rwego rw’Umudugudu kugera ku rwego rw’Akarere. Aya matora azaba anahuriranye n’itora ry’abayobozi b’Inama y’Igihugu y’Abagore, Inama y’Igihugu y’Urubyiruko n’Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga, bazatorwa kuva ku nzego z’ibanze kugeza ku […]

Iran yashyizeho Miliyoni 44 Frw ku muntu uzica umusirikare wa Amerika

Mu gihe intambara hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikomeje guteza impungenge ku mutekano w’akarere k’Uburasirazuba bwo Hagati no ku Isi muri rusange, Igisirikare cya Iran cyatangaje icyemezo gikomeye cyakuruye impaka nyinshi. Ku wa 16 Kanama 2026, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran, Gen. Amir Hatami, yatangaje ko umuntu wese uzafata cyangwa akica […]

CR7 yakoreye ubukwe iwe – Amafoto

Mu gihe benshi bari bategereje ubukwe buhambaye buzitabirwa n’ibyamamare byo ku Isi, icyamamare mu mupira w’amaguru n’umukunzi we w’igihe kirekire bahisemo gukora ibitandukanye n’ibyari byitezwe. Aba bombi basezeranye ku wa 11 Kanama 2026 mu rugo rwabo ruherereye i Cascais muri Portugal, mu muhango muto wabereye mu cyumba cy’uruganiriro rw’umuryango wabo, aho bari kumwe n’abana babo […]

M Irene yarongoye

Umunyamakuru Murindahabi IrĂ©nĂ©, uzwi cyane nka M. IrĂ©nĂ©, yasezeranye imbere y’Imana na Nishimwe Liliane nyuma y’iminsi mike basezeranye imbere y’amategeko ndetse bakemeranya kurushinga. Uyu muhango wabaye ku wa 15 Kanama 2026 muri Intare Arena ku Gisozi, witabirwa n’inshuti, abo mu miryango yabo ndetse n’ibyamamare bitandukanye byo mu myidagaduro no mu zindi nzego. Mu bitabiriye ubu […]

ICG yasabye RDC gusenya FDLR

Itsinda Mpuzamahanga rishinzwe gukurikirana ibibazo byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari (ICG), rigizwe n’ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bubiligi, u Bufaransa, u Budage, u Bwongereza n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), ryasabye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) kwihutisha ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo kwambura intwaro, gusubiza mu buzima busanzwe no […]

M. Iréné yasezeranye imbere y’amategeko

Umunyamakuru w’imyidagaduro Murindahabi IrĂ©nĂ©, uzwi cyane nka M. IrĂ©nĂ©, yasezeranye imbere y’amategeko na Nikuze Liliane, mu muhango wabereye mu Murenge wa Gishari, mu Karere ka Rwamagana. Uyu muhango wabaye ku wa 11 Kanama 2026, ukitabirwa n’abantu batandukanye, barimo ibyamamare mu muziki n’imyidagaduro nyarwanda. Mu bari baherekeje M. IrĂ©nĂ© na Liliane harimo abahanzi nka Bruce Melodie, […]

U Rwanda rugeze kure ibiganiro byo kwakira Formula 1 mu 2028

U Rwanda rwongeye kugarukwaho nk’umwe mu bahatanira kwakira isiganwa rya Formula 1 ku mugabane wa Afurika, nyuma y’uko ubuyobozi bw’iri rushanwa butangaje ko ibiganiro n’ibihugu birimo u Rwanda biri gutera imbere. U Rwanda ruri mu bihugu bine biri mu biganiro bikomeye byo kongera isiganwa rya Formula 1 ku mugabane wa Afurika, aho rushobora kuzaba mu […]

Amerika yakuyeho Viza zirenga 175,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko imaze gukuraho viza zirenga 175,000 z’abanyamahanga, nyuma yo gusanga bararenze ku mategeko agenga viza, bakoze ibyaha cyangwa bagaragaje imyitwarire ishobora gushyira mu kaga umutekano w’Abanyamerika. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yavuze ko viza nyinshi zavanyweho nyuma y’uko abo banyamahanga bagize ibibazo n’inzego z’umutekano, aho ibyaha byiganjemo gukubita no […]

RDC yahagaritse kohereza hanze copper na cobalt

Mu butaka bwo mu majyepfo ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), imashini nini zicukura ubutare ntizihagarara. Buri munsi zivanayo toni nyinshi za copper na cobalt, amabuye y’agaciro yifashishwa mu gukora imodoka zikoresha amashanyarazi, telefoni, mudasobwa n’ibikoresho byinshi by’ikoranabuhanga. Ariko kuva kuri uyu wa 6 Kanama 2026, hari icyahindutse. Guverinoma ya RDC yafashe icyemezo gikomeye […]

Maneko wo muri Ukraine yafatiwe mu Budage

Mu gitondo cyo ku wa 2 Kanama 2026, ubuzima bw’umugabo w’Umunya-Ukraine w’imyaka 33 bwahindutse mu kanya gato. Mu ntara ya Thuringia, mu burasirazuba bw’u Budage, inzego z’umutekano zamufashe zimushyikiriza ubutabera. Icyo akurikiranyweho kirakomeye, kuko yaketsweho gukora ubutasi ku ruganda rukora intwaro, agamije gutegura ibikorwa byo guhungabanya umutekano. Ibi byamenyekanye ku mugaragaro ku wa 6 Kanama […]

Imisoro ya Hormuz iteje impaka

Amashyirahamwe umunani akomeye ahagarariye ba nyiri amato n’ibigo bikora ubwikorezi bwo mu nyanja ku isi yasabye Umuryango w’Abibumbye (Loni) kwamagana umugambi wo kwishyuza amafaranga amato anyura mu nyanja ya Hormuz, avuga ko byabangamira ubukungu bw’isi ndetse bikica amategeko mpuzamahanga agenga urujya n’uruza rwo mu nyanja. Mu ibaruwa yohererejwe Umunyamabanga Mukuru wa Loni, AntĂłnio Guterres, ndetse […]

PAC yahaye RP amezi 6 yo gusubiza amafaranga y’abanyeshuri

Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) mu Nteko Ishinga Amategeko yasabye Minisiteri y’Uburezi na Rwanda Polytechnic (RP) kwihutisha isubizwa ry’amafaranga y’ingwate (caution) yishyuwe n’abanyeshuri, angana na 256.609.957 Frw, mu gihe kitarenze amezi atandatu. Uyu mwanzuro watangarijwe mu Nteko Rusange kuri uyu wa 4 Kanama 2026, ubwo PAC yagezaga ku badepite isesengura rya […]

Museveni yaburiye Andrew Mwenda

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko Stephen Nuwagaba ari umusore wahungiye iwe nyuma yo gukorerwa iyicarubozo n’ibikomere akekwaho ko yatewe na bamwe mu bagize inzego z’umutekano. Yanaburiye umunyamakuru Andrew Mwenda, amushinja guha umwanya ikibazo cya Nuwagaba aho kwibanda ku bibazo bikomeye birimo ruswa n’ihohoterwa rikorwa na bamwe mu bakozi ba Leta. Mu itangazo […]

Tshisekedi yahaye UPDF imodoka 10

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yahaye Ingabo za Uganda (UPDF) imodoka nshya 10 zo mu bwoko bwa Toyota Land Cruiser Pickup, zigenewe kongerera imbaraga ibikorwa byazo biri gukorwa mu burasirazuba bwa Congo mu rwego rwa Operation Shujaa. Izi modoka zashyikirijwe ubuyobozi bwa UPDF mu muhango wabereye i Beni mu Ntara […]

Trump yatakarijwe icyizere n’Abanyamerika

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ari mu bihe bitamworoheye muri politiki nyuma y’uko ubushakashatsi butandukanye bugaragaje ko icyizere Abanyamerika bamugirira cyagabanutse cyane. Ibi bibaye hasigaye amezi atatu ngo habe amatora yo hagati muri manda (Midterm Elections), amatora afatwa nk’ingenzi kuko agena uko imyanya myinshi yo muri Kongere igabanywa hagati y’amashyaka ya […]

Ubutinganyi bwongeye guteza impaka muri Angilikani

Uruzinduko rw’umuyobozi wa Kiliziya Angilikani ku Isi, Sarah Mullally, muri Cameroun rwongeye gukurura impaka ku myumvire itandukanye iri muri iri torero ku bijyanye n’ubutinganyi n’imibanire y’abahuje ibitsina. Mu misa yayoboye i Douala ku Cyumweru tariki ya 2 Kanama 2026, bamwe mu bakirisitu n’abayobozi b’itorero bagaragaje ko batemeranya n’ibitekerezo bifatwa nk’ibyoroheje, birimo kwakira abantu bo mu […]

Uburusiya bwafatiriye umutungo w’Abahamya ba Yehova

Urukiko rwo mu mujyi wa Moscow mu Burusiya rwategetse ko umutungo utimukanwa 123 wari usanzwe ufitwe n’Umuryango w’Abahamya ba Yehova (Jehovah’s Witnesses) wegurirwa Leta y’u Burusiya. Nk’uko urwego rw’inkiko rwa Moscow rwabitangaje ku wa 31 Nyakanga 2026, uwo mutungo wari wanditse ku ishami ry’Abahamya ba Yehova rikorera muri Suwede. Uwo mutungo ugizwe n’inyubako 63 zirimo […]

Aba-Houthi bahakanye amakuru yo kwishyuza amato anyura mu nyanja itukura

Umutwe w’aba-Houthi ugenzura ibice bimwe bya Yemen watangaje ko nta gahunda ufite yo gutangira kwishyuza amafaranga amato anyura mu nzira ya Bab al-Mandeb, ushimangira ko iyo nzira ikomeje kuba ifunguye kandi ikoreshwa nta kiguzi. Aba-Houthi bahakanye amakuru yari amaze iminsi avugwa ko bateganya gushyiraho amafaranga ku mato anyura mu nzira ya Bab al-Mandeb ihuza Inyanja […]

Yakatiwe amezi atandatu azira gutuka Perezida

Urukiko rw’Ibanze rwa YaoundĂ© muri Cameroun rwakatiye Patrick Mengue igifungo cy’amezi atandatu nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gutuka Umukuru w’Igihugu abinyujije ku mbuga nkoranyambaga. Urwo rubanza rwasomwe ku wa 26 Nyakanga 2026, nyuma y’amezi arenga atatu Mengue afunzwe by’agateganyo. Yatawe muri yombi ku wa 13 Mata 2026, hashize iminsi ibiri gusa atangaje ubutumwa bwabaye intandaro […]

ICC yongeye gutakaza igihugu cya Afurika

Guverinoma ya Chad yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kuva mu masezerano ya Roma ashyiraho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), ivuga ko uru rukiko rutagitanga ubutabera bungana kuri bose ahubwo rwibanda cyane ku bihugu bya Afurika. Ku wa 27 Nyakanga 2026, Chad yamenyesheje ku mugaragaro Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye icyemezo cyayo cyo kuva muri ICC. Minisiteri y’Ububanyi […]

Romania yirukanye umudipolomate w’u Burusiya

Umwuka mubi wa dipolomasi hagati ya Romania n’u Burusiya wongeye gukara nyuma y’uko indege zitagira abapilote (drones) zinjiye inshuro nyinshi mu kirere cya Romania mu mpera z’icyumweru gishize. Ku wa Mbere tariki ya 27 Nyakanga 2026, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga wa Romania yahamagaje Ambasaderi w’u Burusiya i Bucharest, Vladimir Lipaev, imumenyesha ko umwe mu bakozi ba […]

Icyo Iran ivuga kuri Amerika yahagaritse ibitero

Guverinoma ya Iran yatangaje ko yiteguye guhagarika ibitero byayo mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika nazo zakomeza guhagarika ibitero by’indege imaze iminsi igaba ku butaka bwayo. Ibi bibaye nyuma y’uko Perezida Donald Trump ahagaritse by’agateganyo ibikorwa bya gisirikare byari bimaze iminsi 13, avuga ko ashaka guha amahirwe ibiganiro bya dipolomasi. Umuyobozi mukuru muri Iran […]

Ingoma ya Perezida KaĂŻs SaĂŻed muri Tunisia yaba iri mu kaga

Ku wa 25 Nyakanga 2026, igihugu cya Tunisia cyizihije imyaka 69 kibaye Repubulika, ariko uwo munsi wanibukije imyaka itanu ishize Perezida KaĂŻs SaĂŻed afashe icyemezo cyahinduye amateka ya politiki y’iki gihugu. Ku wa 25 Nyakanga 2021, Tunisia yari mu bihe bikomeye by’icyorezo cya COVID-19, ubukungu bwifashe nabi ndetse n’amakimbirane ya politiki yari yarashegeshe igihugu. Muri […]

Ubuhinde buri gushya! Urubyiruko rwahagurukiye Guverinoma

Mu murwa mukuru w’u Buhinde, New Delhi, urubyiruko rukomeje imyigaragambyo ikaze nubwo Guverinoma yakajije umutekano, ifunga sitasiyo za metero 18 ndetse ikohereza abapolisi benshi ahabera imyigaragambyo. Abigaragambya bari kwitwaza izina “Cockroach Janta Party”, bavuga ko batazava ku izima kugeza igihe Minisitiri w’Uburezi, Dharmendra Pradhan, azegurira. Ariko kugira ngo umuntu yumve impamvu iyi myigaragambyo ikomeye, ni […]

Bari kukuneka bakoresheje email yawe utabizi

Mu gihe abantu benshi batekereza ko email ari uburyo bwizewe bwo kwakira amakuru no kuvugana, hari ikoranabuhanga rimaze imyaka myinshi rikora bucece, rikurikirana ibyo abakoresha bakora batabizi. Ryitwa “tracking pixel”, cyangwa se “spy pixel”. Nubwo izina ryaryo rishobora gutera ubwoba, ntabwo ari virusi cyangwa porogaramu yinjira muri telefone yawe. Ahubwo ni agashusho gato cyane kataboneshwa […]

Trump arashaka indi manda kandi itegeko nshinga ritabimwemerera

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze mu buryo bw’urwenya ko aziyamamariza manda ya kane ku mwanya wa Perezida wa Amerika, nubwo Itegeko Nshinga ry’icyo gihugu ribuza umuntu kurenza manda ebyiri. Ibi yabivugiye mu birori bya White House Correspondents’ Association Dinner, byateguwe ku wa 25 Nyakanga 2026, bigamije kwizihiza ubwisanzure bw’itangazamakuru no […]

Ubugereki bwahanuye ibisasu byari birashwe muri Arabia Saudite

Ingabo z’u Bugereki zicunga uburyo bwo kurinda ikirere (air defence) muri Arabia Saudite zarashe zihanura misile ebyiri za balisitiki zari zoherejwe ziturutse muri Yemen, zari zigamije kwibasira inganda zitunganya peteroli zo mu mujyi wa Yanbu. Aya makuru yatangajwe na Reuters ivuga ko iki gitero cyabaye ku wa Gatandatu, aho urwego rushinzwe ubutabazi n’ubwirinzi bw’abaturage muri […]

Perezida wa Bangladesh yeguye

Perezida wa Bangladesh, Mohammed Shahabuddin, yatangaje ko yeguye ku mwanya w’umukuru w’igihugu kubera uburwayi bukomeye bumaze igihe bumuzahaza. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 24 Nyakanga 2026, Shahabuddin w’imyaka 76 yavuze ko abaganga bamusanzemo indwara yitwa Autonomic Neuropathy, ituma rimwe na rimwe ata ubwenge mu kanya gato. Yagize ati: “Isuzuma riherutse ryagaragaje ko ndwaye Autonomic […]

Nyambo yambitswe impeta mu ibanga

Umukinnyi wa filime nyarwanda Nyambo Jesca yambitswe impeta n’umukunzi we usanzwe atuye muri Australie, mu muhango wabereye mu muhezo, aho bemeranyije gutangira urugendo ruganisha ku rushako. Amakuru y’uko Nyambo yambitswe impeta yatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga ku wa 23 Nyakanga 2026, nyuma y’uko uyu muhango wari wabaye mu ibanga rikomeye. Abitabiriye ibyo birori bari barasabwe […]

Intayoberana yagarutse ku rugendo rwayo mbere y’igitaramo “Gira u Rwanda”

Mu gihe itorero Intayoberana ryitegura igitaramo gikomeye cyiswe “Gira u Rwanda”, kizabera muri Kigali Serena Hotel ku wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2026 Mu Rwanda, amatorero gakondo akomeje kugira uruhare rukomeye mu kubungabunga umurage w’umuco no kuwugeza ku rubyiruko. Afasha abakiri bato kwiga imbyino gakondo, indirimbo z’umuco, gucuranga inanga n’ingoma, ndetse no gusobanukirwa indangagaciro […]

Mu Buhinde: Amakipe yatsinze yahembwe ihene

Mu gace ka Chaibasa muri Leta ya Jharkhand mu Buhinde, habereye irushanwa ry’umupira w’amaguru ryihariye ryahuje amakipe 64 aturutse mu byaro bitandukanye, ariko igitangaje kurusha ibindi ni uko amakipe yitwaye neza yahembwe amafaranga n’ihene aho guhabwa ibikombe gusa. Iki gikombe cyiswe Rangila Star Tirilbasa cyabaye kuva tariki ya 14 kugeza ku ya 17 Nyakanga 2026, […]