Umunyeshuri wa UR akurikiranweho gusambanya abakobwa babiri barimo uw’imyaka 17

Izabayo William wiga muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, ari mu maboko y’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha aho akurikiranweho icyaha cyo gusambanya abakobwa babiri barimo utarageza ku myaka y’ubukure. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 30 Werurwe ni bwo Izabayo w’imyaka 29 y’amavuko wiga mu Ishami ry’ubuvuzi no gucunga imiti muri Kaminuza y’u Rwanda, yatawe muri […]

Mushiki wa Diamond yamusabye kugarura Wema Sepetu mu muryango

Nyuma y’ibyumweru bisaga bitatu umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania no muri Afurika, Diamond Platnumz atandukanye n’uwari umukunzi we, Tanasha Donna ubu mushiki we Queen Darlen aramushishikariza kongera gusubirana na Wema Sepetu bahoze bakundana na mbere. Queen Darlen ukunze kuvugwaho kuba akunda Wema Sepetu mu bakobwa bose bazwi na musaza we Diamond,noneho yamugaragarije ko yifuza ko bakongera […]

Impunzi z’abanya-Sudani zikomeje kwinjira muri Uganda

Mu gihe Perezida Museveni wa Uganda yafashe ingamba zikomeye mu kurwanya icyorezo cya Coronavirus harimo no gufunga imipaka yose, umugambi we ukomeje gukomwa mu nkokora kuko hari impunzi ziri guturuka muri Sudani y’Epfo ziza muri iki gihugu hakaba hari impungenge ko zishobora gukwirakwiza Coronavirus. Minisitiri muri Minisiteri ishinzwe Ibiza n’Impunzi muri Uganda, Musa Ecweru mu […]

‘Kigali International Peace Marathon’ yari kuzaba muri Gicurasi yimuwe kubera Coronavirus

Nyuma y’uko imikino itandukanye mu Rwanda no ku Isi ibaye ihagaze muri aya mezi kubera Icyorezo cya Coronavirus gikomeje kuyogoza Isi, irushanwa Mpuzamahanga ry’umukino ngororamubiri wo gusiganwa ku maguru rizwi nka ‘Kigali International Peace Marathon naryo ryimuriwe igihe ryagombaga kuzaberaho. Iri siganwa ryagombaga kuba ku itariki 17 Gicurasi 2020 rikaba ryigijwe inyuma ho ukwezi aho […]

Umucamanza wagombaga guca urubanza rwa Gen. Tumukunde yabuze

Urubanza Rtd) Lt. Gen. Henry Tumukunde aregwamo na Leta ya Uganda ibyaha byo gutunga intwaro n’amasasu mu buryo butemewe n’amategeko, rwasubitswe kubera ko umucamanza wagombaga kuruca yabuze. Urubanza rw’uyu wahoze ari Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu muri Uganda, rwari ruteganyijwe kuri uyu wa 30 Werurwe, gusa ruza kwimurwa kubera ko Valerian Tuhimbise wagombaga kuruca atabonetse. […]

Trump yabwiye igikomangoma Harry ko atazacyishyurira umutekano

Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe za Amerika, yabwiye igikomangoma cyo mu Bwongereza Harry n’umufasha we Meghan Markle ko bagomba kwikora ku mufuka, kugira ngo Leta zunze ubumwe za Amerika zibacungire umutekano. Perezida Trump yabitangaje nyuma y’uko Harry na Meghan bageze muri Amerika bavuye muri Canada, aho bari bamaze igihe baba. Perezida Trump abinyujije […]

Gisagara: Umugabo watemye abantu batatu yatawe muri yombi

Umugabo witwa Nzirorera Emmanuel utuye mu karere ka Gisagara, Umurenge wa Ndora, Akagari ka Cyamukuza mu Mudugudu w’Urusenyi yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano aho akurikiranweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umugore we, umwana muto yari ahetse ndetse n’umugabo w’umuturanyi wari atabaye. Ibi byabaye kuri iki Cyumweru ahagana saa 15:30 bikaba bivugwa ko uyu Nzirorera yarasanzwe […]

Uko imibare ya Coronavirus ihagaze kuri uyu wa 30 Werurwe

Imibare y’urubuga Worldometers yerekana isegonda ku rindi uko icyorezo cya COVID-19 cyifashe ku Isi, yerekana ko iki cyorezo kimaze kwandurwa n’abarenga ibihumbi 700 hirya no hino ku Isi. Abantu bo mu bihugu 199 hirya no hino ku Isi ni bo bamaze kwandura kiriya cyorezo. Mu gitondo cyo kuri iyi tariki ya 30 Werurwe abari bamaze […]

Koreya y’Epfo irashinja iya Ruguru gukora ibisasu mu gihe Isi ihanganye na Coronavirus

Koreya y’Epfo yongeye gushyira mu majwi Koreya ya Ruguru iyishinja kuba yo idahangayikishijwe n’icyorezo cya Coronavirus gihangayikishije Isi yose ahubwo yo ikaba igishyize imbere gahunda zo kwikorera ibitwaro bya kirimbuzi. Ni nyuma y’aho mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru Koreya ya Ruguru igerageje kohereza ibisasu bibiri byo mu bwoko bwa roketi mu Nyanja y’Ubuyapani bikaba […]

Kenya: Umumotari yishwe na moto ahunga polisi yamwirukagaho

Polisi yo mu gihugu cya Kenya irashinjwa kuba inyuma y’urupfu rw’umumotari wapfuye atwaye moto nyuma y’uko imwirutseho imuhora kutubahiriza ibwiriza ryo kuguma mu rugo muri ibi bihe byo guhangana na Coronavirus. Ibi byabereye ahitwa Isiolo muri Kenya ubwo polisi ya Kenya ikomeje gushinjwa gukoresha imbaraga z;umurengera mu guhana abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus yirutse […]

Gisagara:Umugabo ari gushakishwa nyuma yo gutema abantu batatu

Umugabo witwa Nzirorera Emmanuel utuye mu karere ka Gisagara,umurenge wa Ndora,akagari ka Cyamukuza,mu mudugudu w’Urusenyi ari gushakishwa n’inzego z’umutekano nyuma yo gutema umugore we,umwana muto yari ahetse ndetse n’umugabo w’umuturanyi warutabaye. Iri bara ryaguye kuri iki Cyumweru ahagana saa 15:30 bikaba bivugwa ko uyu Nzirorera yarasanzwe agirana ibibazo n’umufasha we gusa ikirego umugore yari yaratanze […]

Niyonzima Salomon wakubiswe ashinjwa kwiba igitoki yitabye Imana

Umusore witwa Niyonzima Salomon wo mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu, yitabye Imana mu ijoro ryakeye nyuma yo gukubitwa n’abaturage bamushinja kwiba igitoki. Ku wa gatanu, tariki 27 Werurwe, ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho y’abaturage bakubitiraga Niyonzima mu kirere ku wa 25 Werurwe, bamushinja kwiba igitoki. Muri iyo Videwo abaturage bumvikanaga […]

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza yandikiye ibaruwa buri rugo rwo mu gihugu cye

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Boris Johnson yandikiye urwandiko Abongereza aha kopi yarwo buri rugo ababurira ku cyorezo cya Coronavirus aho yabasabye gukomeza kwitwararika kuko ngo ibintu bizarushaho kuba bibi muri iki gihugu mu gihe cy’ibyumweru bibiri cyangwa bitatu biri imbere. Minisitiri Boris kuri ubu wishyize mu kato nyuma yo gusuzumwa bagasanga yaranduye iki cyorezo yakomeje gusaba […]

Leta yatangiye kugoboka Abanyarwanda b’amikoro make (Amafoto)

img-20200328-wa0009.jpg

Leta y’u Rwanda yatangiye guha ibyo kurya Abanyarwanda bafite amikoro make, mu rwego rwo kwirinda ko hari uwicwa n’inzara mu gihe igihugu gihanganye n’icyorezo cya Virusi ya Corona. Ibyo kurya byatangiye gutangwa birimo umuceri, akawunga, amakaroni, ifu y’igikoma, isukari, ibishyimbo, umunyu, amavuta yo guteka, n’ibindi. Ibiri gutangwa kandi birimo ibikoresho by’ibanze, byiganjemo iby’isuku. Leta yafashe […]

Kenya: Leta yakoresheje imbaraga z’umurengera ngo abaturage bagume mu rugo

img-20200328-wa0021.jpg

Bamwe mu baturage bo muri Kenya,mu mujyi wa Mombasa bahuye n’uruva gusenya ubwo bageragezaga kurira ubwato ngo bafate urugendo kandi itegeko rya Perezida Uhuru Kenyatta ryarabibujije mu rwego rwo kwirinda Coronavirus. Aba baturage batewe ibyotsi biryana mu maso ndetse baranakubitwa bikomeye ibintu byaviriyemo abarenga 12 gukomereka. Imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Kenya,igeze kuri 20 yose […]

Agakingirizo kabaye imbonekarimwe ku Isi kubera Coronavirus

Agakingirizo muri iyi minsi kabaye imbonekarimwe mu bice bitandukanye by’Isi kubera ifungwa ry’uruganda runini ku isi, Karex Bhd, rwo mu gihugu cya Malaysia rusanzwe rutunganya udukingirizo. Mu bice bitandukanye by’isi, ibikorwa byinshi byarahagaze kubera icyorezo cya Coronavirus. Ibi bikaba byaragize ingaruka no ku ruganda, Karex Bhd, ruzwiho gufasha ibihugu byinshi kubona udukingirizo rukaba rusanzwe rukorera […]

Uganda yanze kugira icyo itangaza ku Banyarwanda barenga 300 yirukanye

Leta ya Uganda yanze kugira icyo itangaza ku makuru avuga ko iheruka kwirukana ku butaka bwayo Abanyarwanda barenga 300 ikabajugunya ku bice byo ku mipaka itandukanye ihuza kiriya gihugu n’u Rwanda. Ku wa Gatanu ku wa 27 Werurwe, ni bwo amakuru avuga ko Abanyarwanda 342 birukanwe ku butaka bwa Uganda yagiye ahagaragara, ashimangirwa na Guveri […]

Tanzania yareze Uganda muri CAF

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Tanzania (TFF) ryareze iryo muri Uganda (FUFA) muri CAF ko Uganda yarenze ku mategeko agenga irushanwa ubwo hakinwaga imikino yo gushaka itike yo kwitabira igikome cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 mu bagore. Tanzania yatanze ikirego mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ikaba ishinja Uganda kuba yarakinishije abakinnyi bari hejuru y’imyaka 17 […]

Nta wemerewe gukumira Umunyamakuru uri mu kazi ke-Minisitiri Shyaka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase, yavuze ko abanyamakuru ari abafatanyabikorwa ba Leta mu rugamba rwo guhangana n’icyorezo cya Virus ya Corona, bityo ko nta wemerewe kubakumira mu gihe bari mu kazi kabo. Minisitiri Shyaka yatangaje ibi, mu kiganiro kivuga ku mabwiriza yo gukumira COVID-19 aheruka kugirana na KT Radio. Icyo gihe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu […]

Uganda: Abatubahirije amabwiriza ya Museveni bakubiswe iz’akabwana (Amafoto)

img-20200327-wa0048.jpg

Inzego z’umutekano muri Uganda zakubise iz’akabwana abaturage, nyuma yo kwanga kubahiriza amabwiriza yashyizweho na Perezida Yoweri Museveni mu rwego rwo gukumira Coronavirus. Ku wa gatatu ku wa 25 Werurwe, Perezida Museveni yashyizeho amabwiriza arimo guhagarika ingendo rusange na bumwe mu bucuruzi, gusa Abagande bamwe ntibahita batangira kuyubahiriza. Amafoto yafashwe n’umunyamakuru wa Daily Monitor, Essagala Alex, […]

Rihanna yagarutse mu muziki nyuma y’igihe acecetse

Umuhanzikazi Rihanna yongeye kugaruka mu ruhando rwa muzika nyuma y’imyaka ine adasohora indirimbo ye bwite ubu akaba yasohoye iyo yise ‘Believe it’ yakoranye n’Umunya Canada PartNextDoor. Rihanna yaherukaga gukora igikorwa cya muzika mu mwaka wa 2016 ubwo yasohoraga Alubumu yise “Anti”. Muri Gashyantare uyu mwaka ni bwo yatangaje ko arimo gukora indirimbo ye nshya avuga […]

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza yanduye COVID-19

Kuri uyu wa 27 Werurwe ibiro bya minisitiri w’intebe w’Ubwongereza byatangaje ko Boris Johnson bamusanzemo icyorezo cya Virusi ya Corona. Ni amakuru Minisitiri Boris Johnson yahamije abinyujije kuri Twitter ye agira ati” mu masaha 24 ashize nagize ibimenyetso byoroheje bansuzumye bansangamo coronavirus.” Yongeyeho ati “Ubu nishyize mu kato, ariko nzakomeza kuyobora guverinoma mu nama kuri […]

Karongi: Abubaka Hoteli Cleo Amantis baratabaza

Abakora imirimo yo kubaka Hoteli Cleo Amantis iherereye mu murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi, baratabaza basaba kwishyurizwa amafaranga bakoreye mbere y’uko imirimo yo kubaka iriya Hoteli isubikwa. Hoteli Cleo Amarantis ni iy’umushabitsi Nyagahene Eugène akaba na ari nyir’ikigo cya Télé 10, ikaba iherereye mu mudugudu wa Gacumba, mu kagari ka Kibuye ho mu […]

Uganda: Polisi yarashe babiri barenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus

Abantu babiri muri Uganda bari bari kuri moto barashwe na polisi nyuma yo kurenga ku mabwiriza yatanzwe n’Umukuru w’igihugu, Yoweli Museveni avuga ko gutwara abantu kuri za moto bihagaritswe mu rwego rwo kwirinda gukwirakwiza indwara ya Coronavirus. Abarashwe ni Alex Olyem na Kasim Ssebude bajyanwe mu bitaro bya Mukono nyuma yo kuraswa na polisi batwaye […]

Amerika ni iya mbere ifite umubare munini w’abanduye Coronavirus ku Isi

Leta Zunze ubumwe za Amerika zikomeje kwibasirwa n’icyorezo cya Coronavirus kurusha ibindi bihugu ku Isi ubu kikaba ari cyo kimaze kugira umubare munini w’abanduye aho cyaciye ku bihugu nk’Ubushinwa bwatangiriyemo iki cyorezo n’Ubutaliyani. Umunsi ku wundi imibare y’abanduye Coronvirus ku Isi igenda irushaho kwiyongera hakaba ibihugu bigenda bizamura umubare by’umwihariko kurusha ibindi. Leta Zunze Ubumwe […]

Uko imibare ya Coronavirus yifashe kuri uyu wa 27 Werurwe 2020

Imibare y’urubuga Worldo meters yerekana isegonda ku rindi uko icyorezo cya COVID-19 cyifashe ku Isi, yerekana ko iki cyorezo kimaze kwandurwa n’abarenga ibihumbi 500 hirya no hino ku Isi. Abantu bo mu bihugu 199 hirya no hino ku Isi ni bo bamaze kwandura kiriya cyorezo. Saa tatu n’iminota 10 kuri uyu wa 27 Werurwe abarirwa […]

Abantu 35 barimo Abanyarwanda birukanwe muri Uganda

Abantu 35 barimo Abanyarwanda 32 n’Abarundi batatu, bashyizwe mu kato i Kagitumba mu Karere ka Nyagatare nyuma yo kwirukanwa muri Uganda. Abaganiriye n’umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamajuru RBA, bavuze ko birukanwe muri Uganda kubera icyorezo cya Coronavirus. Ngo byabaye ngombwa ko banyura mu nzira zitemewe n’amategeko, bahinguka mu Karere ka Nyagatare, bijyanye n’uko ari yo mahitamo […]

Umuntu wa mbere yishwe na Coronavirus muri EAC

Minisiteri y’Ubuzima mu gihugu cya Kenya, yatangaje ko umuntu wa mbere muri iki gihugu yitabye Imana kuri uyu wa 26 Werurwe azize Icyorezo cya Virusi ya Corona. Itangazo iyi Minisiteri yasohoye rivuga ko uwitabye Imana ari ” umugabo w’umunya-Kenya ufite imyaka 66 y’amavuko wari urwariye mu bitaro bya Agha khan.” Iyi Minisiteri yavuze ko uwitabye […]

Musanze: Umugabo akurikiranweho gukubita DASSO

Kuri station y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ( RIB) iherereye mu Murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze, hafungiye umugabo witwa Maniriho Jean Damascène ukurikiranweho gukubita umukozi w’Urwego rwunganira akarere mu by’umutekano (DASSO) akamukomeretsa. Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha Mme Marie Michelle Umuhoza, yabwiza Bwiza.com ko ufunzwe Maniriho akaba akurikiranweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa. Umuhoza yagize ati […]

Perezida Kagame yifatanyije n’abayobozi ba G20 mu nama yigaga kuri COVID-19

Kuri uyu wa 26 Werurwe, Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’umuyobozi w’Akanama k’abakuru b’ibihugu kiga ku cyerekezo cy’urwego rw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe rushinzwe iterambere (AUDA-NEPAD), yifatanyije n’abakuru b’ibihugu 20 bikize kurusha ibindi ku Isi (G20) mu nama idasanzwe yigaga ku cyorezo cya Coronavirus. Ni inama Perezida Kagame yitabiriye ari muri Village Urugwiro, abayitabiriye […]

Musanze: Utubari tw’inzagwa twimukiye mu ngo z’abaturage

Nyuma y’uko Leta y’u Rwanda ishyizeho ingamba zikomeye mu rwego rwo guhangana n’ikwirakwira ry’icyorezo cya Virusi ya Corona, hari abaturage bo mu murenge y’akarere ka Musanze basigaye bihisha bakanywera inzagwa mu ngo. Uwahaye Bwiza aya makuru, yavuze ko mu murenge wa Remera w’akarere ka Musanze, iyo hari nk’umuturage wamanuye urwagwa, atumira inkoramutima ze zikarunwa ku […]

Kagame yashimiye Canada na Ethiopia urukundo bagaragarije u Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Ahmed Abiy na mugenzi we wa Canada, Justin Trudeau ku nkunga ku rukundo bakomeje kwereka u Rwanda muri ibi bihe Isi yose ihangayikishijwe n’icyorezo cya Coronavirus. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida Kagame yashimiye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia ku neza bagiriye u […]

Uganda: Pasiteri yatanze imfashanyo ku miryango 500 muri ibi bihe bya Coronavirus

Pasiteri witwa Robert Kayanja wo mu gihugu cya Uganda yashyikirije inkunga y’ibiribwa imiryango isaga 500 mu kuyifasha guhangana n’ibihe bigoye bya Covid-19 iki gihugu kirimo. Mu gihe bamwe mu bashumba b’amatorero bakomeje gutungwa agatoki kuba bakomeza kwaka amaturo abakirisitu babo bagereranywa n’intama baragiye, Pasiteri Kayanja wo mu gihugu cya Uganda ufite itorero ryitwa Robert Kayanja […]

Umukecuru w’imyaka 97 yakize Coronavirus

Mu gihe Covid-19 ikomeje guhitana umubare munini w’abatuye isi cyane cyane abageze mu za bukuru, umukecuru w’imyaka 97 wo mu gihugu cya Koreya y’Epfo yabaye undi mu bantu bake bakize iyi ndwara bari mu bakuze cyane ku isi. Mu ntangiriro z’uku kwezi, Ibiro ntaramakuru by’Ubushinwa (Xinua) byari byatangaje ko umusaza w’imyaka 100 yakize Coronavirus, uyu […]

Kizza Besigye yiteguye gusubira mu kazi k’ubuganga akifatanya n’abavura Coronavirus

Umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda (Rtd) Col Dr. Warren Kizza Besigye Kifefe yatangaje ko yiteguye kuba yasubira mu mwuga w’ubuganga amazi igihe adakora igihe cyose yaba yitabajwe ngo atange ubufasha mu rugamba igihugu cye kirimo rwo guhangana na Coronavirus. Besigye ubusanzwe wize iby’ubuvuzi akaba yarabaye na muganga wihariye wa Museveni avuga ko ibyo […]

Uko imibare ya COVID-19 yifashe kuri uyu wa 26 Werurwe 2020

Imibare y’urubuga Worldo meters yerekana isegonda ku rindi uko icyorezo cya COVID-19 cyifashe ku Isi, yerekana ko iki cyorezo kimaze kugera mu bihugu 198 hirya no hino ku Isi. Abamaze kwandura iki cyorezo ni 472,030 ku Isi, mu gihe abo kimaze guhitana kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru ari 21,297 Abantu 114,713 ni bo bamaze Gukira […]

Museveni yahagaritse ingendo rusange na bumwe mu bucuruzi

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yategetse ko ingendo rusange mu gihugu ziba zihagaritswe mu gihe cy’ibyumweru bibiri, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus. Museveni yabitegetse ku mugoroba wo kuri uyu wa 25 Werurwe, ubwo yagezaga ku Banya-Uganda ingamba zo guhangana na Coronavirus ku ncuro ya gatanu. Umukuru w’igihugu cya Uganda yategetse ko […]

Kenyatta yemeye gukurwaho 80% by’umushahara we mu guhangana na COVID-19

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta yatangaje ko Guverinoma igiye kugoboka abaturage bayo bafite amikoro make binyuze mu kwigomwa kwa bamwe mu bakozi ba Leta bahembwa amafaranga menshi bazagabanyirizwa ku mishahara yabo uhereye no kuri we aho yemeye gukurwaho 80% by’umushahara we ngo ufashe abatishoboye bari kuzahazwa n’ingaruka z’ibihe bidasanzwe bya COVID-19. Ibi Perezida Kenyatta yabitangaje […]

Uganda yashyize abasirikare ku mupaka uyihuza n’u Rwanda

Leta ya Uganda yamaze gushyira abasirikare bayo ku mupaka uhuza iki gihugu n’u Rwanda kugirango gikumire Abanyarwanda kivuga ko bashobora kwambuka bajyayo bagakwirakwiza icyorezo cya Coronavirus (COVID-19). Ni nyuma y’uko ibihugu byombi bitangaje ko imipaka ibihuza ifunzwe ariko ibitangazamakuru byo muri Uganda bigakomeza gukwirakwiza inkuru zivuga ko hari Abanyarwanda bari guca mu rihumye bakambuka bajya […]

Mfitiye impuhwe abibwira ko batsinda Museveni- Gen. Muhoozi

Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba, umujyanama wihariye akaba n’imfura ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yatangaje ko afitiye impuhwe abumva ko bazatsinde Se afata Nk’umuntu wa mbere muri Afurika waharaniye impinduramatwara. Yabitangaje kuri uyu wa gatatu itariki 25 Werurwe, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter. Ni ubutumwa bwari buherekeje ifoto ya Se yo […]

Igikomangoma Charles cy’Ubwongereza cyanduye Coronavirus

Igikomangoma cy’Ubwami bw’Ubwongereza, Charles ibisubizo byo mu ijoro ryo kuwa Kabiri byagaragaje ko bamusanzemo virus ya Covid-19 nk’uko byatangajwe n’umuvugizi we. Charles yageze muri Scotland ku Cyumweru aza gusuzumwa n’Ikigo cy’Ubuzima (NHS0 ubwo yarageze aho bisaba kumufata ibizamini nyuma ibisubizo biza gusohoka mu ijoro ryo kuwa Kabiri bigaragaza ko afite ubwandu bwa Covid-19. Gusa avuga […]

Messi yatanze asaga Frw miliyari mu rwego rwo gukumira Coronavirus

Umunya-Argentine, Lionel Messi ukinira FC Barcelona yo muri Espagne, yahaye Ibitaro bya Barcelona inkunga ya miliyoni imwe y’ama-Euro mu rwego rwo kubifasha guhangana n’icyorezo cya Virusi ya Corona. Ni amakuru yemejwe n’ibyo bitaro bibinyuhije kuri Twitter yabyo, mbere y’uko ikinyamakuru Mundo Deportivo cyandikirwa i Catalunya gitangaza ko Messi yatanze miliyoni imwe y’ama-Euro. Ibi bitaro byitwa […]

Musanze: Abacuruza ibiribwa bazamuye ibiciro mu buryo butubahirije amabwiriza

Abaturage bahahira mu isoko ry’ibiribwa rya Musanze (Kariyeri) baravuga ko bahangayikishijwe n’ibiciro byatumbagiye nyuma y’aho Minisitiri w’Intebe atangiye amabwiriza yo gusaba abantu kuguma mungo za bo nk’imwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakwizwa rya Coronavirus. Aba baturage muri ibi bihe bidasanzwe igihugu kirimo ubwo Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoraga amabwiriza asaba abaturarwanda kuguma mu rugo mu […]

Nyanza: Polisi yarashe abasore babiri bivugwa ko bahanganye nayo

Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda, yaraye irashe abasore babiri bo Ibyo byabereye mu Kagari ka Kabuga, Umurenge wa Mukingo bivugwa ko bageragezaga kuyirwanya, bahita bapfa. Amakuru avuga ko abarashwe ari Nyiramana Jean Claude w’imyaka 27 na Nyandwi Emmanuel w’imyaka 25 y’amavuko, bikaba bivugwa ko barwanyaga aba Polisi bari babahagaritse […]

Ubutaliyani : Abapadiri barenga 60 bamaze kwicwa na Coronavirus

Imibare yashyizwe ahagaragara yerekana ko abakozi bo mu nzego z’ubuzima n’abapadiri ari bo baza ku isonga mu kwandura no guhitanwa n’icyorezo cya Virusi ya Corona. Iyi mibare igaragaza ko Abataliyani 23 bo mu nzego z’ubuzima ari bo bamaze kwicwa na Coronavirus, bigasobanura ko byibura mu bantu 10 bandura kiriya cyorezo, baba barimo umuganga cyangwa undi […]

Abanyeshuri basaga miliyari bicaye iwabo kubera Coronavirus- UNESCO

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ritangaza ko icyorezo cya Coronavirus kimaze gutuma 80% by’abanyeshuri bo ku isi yose ubu bari mu ngo z’iwabo kubera ifungwa ry’amashuri. Mu nama uyu muryango wakoranye n’abaminisitiri b’uburezi bo mu bihugu bitandukanye byiganjemo ibyugarijwe n’icyorezo cya Covid-19 kuri uyu wa Mbere tariki 23 Werurwe, abaminisitiri batangaje […]

Abasirikare 12 ba FARDC barimo babiri bakuru bishwe na ADF

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo ( FARDC) cyatangaje ko kigaruriye agace ka “World Space” kari karigaruriwe n’inyeshyamba za ADF, mu mirwano yaguyemo abasirikare 12 ba Congo n’inyeshyamba 37. Iyi mirwano yaberaga mu gace ka Beni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, yari imaze iminsi ine nk’uko Media Congo dukesha iyi nkuru yabitangaje. Umuyobozi wa […]

Inama yagombaga guhuza u Rwanda na Uganda yasubitswe

Icyorezo cya Covid-19 gikomeje kuzahaza isi yose cyatumye inama yari iteganyijwe hagati y’u Rwanda na Uganda yiga ku gukemura ikibazo cy’umubano w’ibihugu byombi utameze neza itakibaye mu minsi 45 nk’uko byari biteganyijwe. U Rwanda na Uganda ni ibihugu bimaze iminsi umubano wabyo warajemo agatotsi ku buryo hagiye hakorwa ibiganiro bitandukanye bigamije guhuza ibi bihugu byombi […]

Abandi bantu 4 mu Rwanda basanganywe Coronavirus

img-20200324-wa0071.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda imaze gutangaza ko kuri uyu wa 24 Werurwe 2020, mu Rwanda hemejwe abandi barwayi 4 ba Coronavirus, bose hamwe bagera kuri 40. Muri aba barwayi harimo 2 baturutse i Dubai, 1 yaturutse i Buruseli mu Bubiligi n’undi 1 wahuye n’uherutse kugaragaraho iki cyorezo. Kuri uyu wa 22 Werurwe ni bwo Minisiteri […]

Rubavu: Barasaba gufungurirwa isoko ry’amatungo ryafunzwe rikabateza inzara

Bamwe mu baturage bacuruza inka mu isoko ry’amatungo mu murenge wa Kanzenze ho mu karere ka Rubavu baravuga ko bahangayikishijwe no kuba isoko bacururizagamo ryarafunzwe muri ibi bihe byo kwirinda icyorezo cya Coronavirus ubuzima bukaba bwarahagaze kuko ari ho bakuraga amafaranga yo kubatunga. Aba bacuruzi bavuga ko iri soko ryafunzwe kuwa Mbere w’icyumweru cyashize ubu […]

Kigali: Abakozi bo mu ngo bari kwirukanwa kubera Coronavirus

Ku wa 23 Werurwe, Polisi y’igihugu yasubije inyuma abakozi bo mu rugo babarirwa mu ijana bari birukanwe n’abakoresha babo, muri ibi bihe igihugu gihanganye n’icyorezo cya Coronavirus. Abasubijwe mu ngo bakoragamo ni abo mu bice bya Gatsata mu Karere ka Gasabo, na Kimisagara muri Nyarugenge. Uwahaye Bwiza aya makuru ukorera i Nyabugogo wabonye abo bakozi […]

Umuhanzi Manu Dibango yishwe na Coronavirus

Umuhanzi w’icyamamare muri Cameroon no muri Afurika, Manu Dibango yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri azize icyorezo cya Coronavirus gikomeje gutwara ubuzima bw’abatari bake ku Isi. Amakuru y’urupfu rw’uyu muhanzi w’icyamamare yemejwe n’abo mu muryango we muri iki gitondo cyo kuwa 24 Werurwe, baciye ku rukuta rwe rwa Facebook. Uyu mugabo apfuye afite imyaka 86. […]

Uganda: Abashinwa baherutse gutoroka akato ka Coronavirus bazagezwa mu nkiko

Abashinwa batandatu bafatiwe muri Uganda batorotse akato ka Coronavirus bari bashyizwemo, bagiye kujyanwa mu butabera na Leta y’iki gihugu. Ni ibyemejwe n’Umuvigizi w’Ishami rishinzwe Iperereza ku Byaha, Charles Twine, wavuze ko n’iyo bari Bashinwa batabasangamo Coronavirusi bagomba guhanwa n’amategeko. Abo Bashinwa ni Huang Haiguiang, Li Chaochyan, Qin Shening, Liang Xinging na Huang Wei. Bafatanyije icyaha […]

Imibare igaragaza uko Coronavirus ihagaze mu bihugu 195

Imibare y’isegonda ku rindi igaragaza uko icyorezo cya COVID-19 cyifashe ku Isi, yerekana ko iki cyorezo kimaze kugera mu bihugu 195 mu bigize Isi. Abamaze kwandura iki cyorezo ni 382,010 ku Isi, mu gihe abo kimaze guhitana kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru ari 16,558. Abantu 102,431 ni bo bamaze Gukira kiriya cyorezo, mu gihe abakirwaye […]

Kimironko: Abaturage baravuga ko abacuruzi bazamuye ibiciro by’iribwa uko bishakiye

Abaturage bo mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kimironko barinubira izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ridasanzwe ryakozwe n’abacuruzi uko babyumva kandi hari amabwiriza ya ya Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda agena ibiciro mu gihe u Rwanda ruri mu bihe bidasanzwe byo guhangana na Coronavirus. Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda iherutse gusohora itangazo riburira abacuruzi bari kuzamura ibiciro cyane […]

Rayon Sports na Airtel-Tigo bagiye kugirana amasezerano mashya

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports n’ikigo cy’Itumanaho mu Rwanda cya Airtel-Tigo bigiye gusinyana amasezerano y’imyaka itanu y’imikoranire ashingiye ku kuba iyi kipe izajya yamamaza iki kigo ikazahabwa miliyoni 240 z’Amafaranga y’u Rwanda. Rayon sports izajya yambara ikirango cya Airtel-Tigo ku kaboko k’iburyo ku myambaro y’iyi kipe yaba iyo mu marushanwa atandukanye n’iyo mu myitozo, aya […]

Zimbabwe: Umunyamakuru wari ukunzwe yabaye umuntu wa mbere wishwe na Coronavirus

Umunyamakuru Zororo Makamba wari ukunzwe muri Zimbabwe, yabaye umuntu wa mbere wishwe n’icyorezo cya Virusi ya Corona muri kiriya gihugu. ZBC News yahamirijwe amakuru y’urupfu rw’uriya munyamakuru na Obediah Moyo, Minisitiri muri Zimbabwe ushinzwe ubuzima no kwita ku bana. Makamba w’imyaka 30 y’amavuko, yabaye umuntu wa kabiri muri Zimbabwe wanduye icyorezo cya Virusi ya Corona. […]

Abatazubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda COVID-19 bazafungwa banacibwe amande

Mu rwego rwo gushimangira ingamba zashyizweho mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Virusi ya Corona, Polisi y’igihugu yatangaje ko abazananirwa kubahiriza amabwiriza yashyizweho cyangwa bakabeshya bazajya bafatwa bagacibwa amande. Iki cyemezo kiratangira gushyirwa mu bikorwa kuva ku wa kabiri, ku wa 24 Werurwe 2020. Ni ibyememejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’igihugu, CP John Bosco Kabera, mu […]

Kagere Meddie na Migi bashobora kutazemererwa gusubira muri Tanzania

Abakinnyi b’Abanyarwanda bakina muri Tanzania, Meddie Kagere na Mugiraneza Jean Baptiste uzwi nka Migi bashobora kutazemererwa gusubira muri Tanzania mu gihe shampiyona yo muri iki gihugu yazaba isubukuwe nyuma y’uko ibaye ihagaritswe n’icyorezo cya Covid-19 bakajya gufatira akaruhuko mu Rwanda. Meddie Kagere na Migi batashye mu mpera z’iki cyumweru nyuma yo guhabwa impushya n’abayobozi b’amakipe […]

Gatsibo-Gitoki: Bahangayikishijwe no kubura amazi muri ibi bihe byo kwirinda Coronavirus

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Bukomane, Umurenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo barasaba inzego z’ubuyobozi ubufasha kuko bugarijwe n’ikibazo cy’ibura ry’amazi kiri gutuma gahunda y’isuku n’isukura muri ibi bihe igihugu gihanganye no gukumira icyorezo cya Coronavirus itagenda neza. Aba baturage bavuga ko bamaze ukwezi kurenga batabona amazi meza muri aka Kagari ka […]