Perezida Magufuli yahamagariye abaturage kudatinya COVID-19 ngo bareke kujya mu nsengero
Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli, yasabye Abanya-Tanzania kudatinya icyorezo cya Coronavirus ngo bareke kujya mu nsengero no mu misigiti, cyangwa ngo bahagarike imirimo yabo. Perezida Magufuli yabivuze ku wa 22 Werurwe 2020, ubwo yari yitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu yabereye muri Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Pawulo w’Umusaraba muri Katedrali ya Dodoma. Perezida Magufuli yabwiye […]
Musanze: Abaturage bavuga ko ubuyobozi butinya umunyamategeko ‘wabajujubije’
Bamwe mu batuye mu Mudugudu wa Bukane, mu Kagari ka Cyabagarura mu Murenge wa Musanze bavuga ko ubuyobozi mu Karere ka Musanze butinya umunyamategeko, Mukamusoni Emertha, bemeza ko yabajujubije abatwara amasambu yabo akayakoresha mu nyungu ze. Abaturage bo muri Bukane bavuga ko ikibazo cyabo na Mukamusoni ukora akazi ko kunganira abaturage mu nkiko, kimaze umwaka […]
Rulindo: Umugabo akurikiranweho gusambanya nyirabukwe
Umugabo witwa Sekamana Jean Marie Vianney w’imyaka 30 utuye mu Murenge wa Burega mu Kagari ka Karengeri ho mu karere ka Rulindo ari gushakishwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha rukorera muri ako gace akekwaho gufata ku ngufu nyirabukwe w’imyaka 68 y’amavuko. Sekamana ukekwaho gukora iki cyaha ngo yari yagorobereje asangira na Mukarutamu Anastasie umubereye nyirabukwe aho bari mu […]
Iran yanze kwakira inkunga y’Amerika yo guhangana na Coronavirus
Umuyobozi w’ikirenga wa Iran, Ayatolah Al Khamenei yanze kwakira inkunga y’imiti yo kurwanya icyorezo cya Coronavirus Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yahaye igihugu cye avuga ko iyi nkunga ari urwiyerurutso kuko avuga ko Amerika ishinjwa kuba inyuma y’iyi Virusi. Mu kiganiro yavugiye kuri televiziyo y’igihugu Ayatollah yatangaje ko adasobora kwakira iyi nkunga y’imiti kuko Amerika ari […]
Angela Merkel uyobora Ubudage yashyizwe mu kato
Shansoliyeri (Chancelière) w’Ubudage Angela Merkel, yashyizwe mu kato nyuma y’uko amenye ko umuganga uheruka kumuha urukingo rw’umusonga yanduye icyorezo cya Virusi ya Corona. Umuvugizi wa Merkel, Steffen Seibert, yavuze ko Merkel yamenyeshejwe ko uwo muganga yasanzwemo kiriya cyorezo, nyuma y’akanya gato amaze gutanga amabwiriza ku ngamba zo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus. Ku wa Gatanu w’iki […]
Pedro someone yahwituye urubyiruko rwibwira ko coronavirus yica abakuze gusa
Umuhanzi Niyigena Jean Pierre uzwi nka Pedro Someone arakangurira urubyiruko kwirinda icyorezo cya Coronavirus, bikuramo imyuvire ko gihitana abakuze. Mu minsi mike ishize, hari amakuru yacaracaye ku mbuga nkoranyambaga ko urubyiruko n’abakiri bato muri rusange badafatwa n’indwara ya Coronavirus. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima (OMS) ryatangaje ko iyi myumvire atari yo. OMS yavuze ko abakuze […]
MINISANTE yemeje abandi bantu bashya banduye COVID_19

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki cyumweru tariki ya 22 Werurwe hagaragaye abandi barwayi b’icyorezo cya Coronavirus babiri biyongera kuri 17 bari basanzweho. Minisante ivuga ko abarwanyi bashya ba Coronavirus barimo Umunyarwanda w’imyaka 32 wageze mu Rwanda ku wa 19 avuye i Dubai, n’undi na we w’imyaka 32 wageze mu Rwanda bukeye bwaho avuye i […]
Hagati ya Zambia na RDC ku mupaka haravugwa imirwano ikaze
Imirwano hagati ya Zambia na Repubulika ya Demokarasi ya Kongo imaze icyumweru aho ibihugu byombi birwanira ubutaka buri hafi n’umupaka uhuza ibi bihugu mu gace kitwa Kibanwa. Uru rugamba rwasembuwe no kuba ingabo za Zambia zarinjiye ku butaka bwa Kongo muri aka gace kitwa Kibanwa hafi n’ikiyaga cya Tanganyika. Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP byatangaje ko […]
Gambia: Leta irahiga bukware 14 batorotse akato
Leta ya Gambia kuwa Gatanu yashakishaga uruhindu abantu 14 bari barashyizwe mu kato muri hoteli nk’uko byatangajwe n’inzego z’ubuzima z’iki gihugu. Minisitiri w’Ubuzima, Ahmadou Lamin Samateh yavuze ko abatorotse ari bamwe mu itsinda ry’abagenzi bari baturutse mu Bwongereza bakaba bari mu kato muri hoteli mu murwa mukuru Banjul.Yagize ati”Bamwe mu bagenzi bari mu kato bishe […]
Uganda yangiye abarimo Abanyarwanda kwinjira ku butaka bwayo
Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru ku wa 22 Werurwe, amagana y’abagenzi bari baturutse mu Rwanda barimo n’Abanyarwanda bangiwe na Uganda kwinjira ku butaka bwayo ubwo bageraga ku mupaka wa Gatuna. Ni nyuma y’uko leta ya Uganda ishyizeho ingamba zikomeye mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Virusi ya Corona. Muri izi ngamba zaraye zishyizweho na […]
Kisoro: Padiri n’ababikira bari mu mazi abira nyuma yo kurenga ku mabwiriza ya Museveni
Umuyobozi wa Paruwasi ya Mutolere Fr. John Bazimenyera kuri iki Cyumweru yatawe muri yombi n’Igisirikare cya Uganda nyuma yo kurenga ku mabwiriza ya Perezida Museveni yo gufunga insengero n’andi mahuriro y’abantu nk’imwe mu ngamba zo kwirinda Coronavirus. Uyu mupadiri yafatanwe n’ababikira babiri kuri Paruwasi ya St Peter’s Catholic Church ya Kisoro aho yari yakoresheje Misa […]
Leta yemeye gufasha abababaye kurusha abandi kutazicwa n’inzara mu gihe cyo kwirinda COVD-19
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anasthase, yavuze ko Leta y’u Rwanda iri kwishakamo ibisubizo kugira ngo Abanyarwanda bababaye kurusha abandi batazicwa n’inzara muri iki gihe igihugu cyafashe ingamba zikomeye mu rwego rwo kwirinda Coronavirus. Mu ijoro ryakeye ni bwo ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo ririmo amabwiriza mashya Abanyarwanda bagomba gukurikiza mu rwego rwo guhangana […]
Abarwayi 17 ba Coronavirus bahuye n’abasaga 600: Min. Dr. Ngamije
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu hasuzumwe abantu 130 Coronavirus hakaba nta bwandu bushya bwigeze bugaragara bigatuma umubare w’abanduye uguma kuri 17. Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yavuze ko muri rusange abantu banduye Coronavirus uko ari 17 bahuye n’abasaga 600 muribo abamaze gusuzumwa bakaba ari 467 barimo n’abasuzumwe kuri uyu wa Gatandatu 130 […]
Uganda:Imfungwa 4 zishwe zirashwe zigerageza gutoroka gereza
Itsinda ry’abashinzwe umutekano riri gukora iperereza ku mfungwa zatorotse gereza mu gace ka Arua ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu hakaba hararashwemo bane bagahita bapfa. Umuyobozi wa Polisi mu gace ka West Nile SP Josephine Angucia yabwiye Chimpreports ko aba bagororwa mbere yo gutoroka babanje gukuramo imyambaro ya gereza.Yagize ati”Bane muri bo bararashwe bahita […]
U Rwanda rwafunze by’agateganyo imipaka n’utubari

Leta y’u Rwanda yashyizeho amabwiriza mashya agamije guhangana n’icyorezo cya Virusi ya Corona, agomba kubahirizwa uhereye saa tanu na 59 zo kuri uyu wa 21 Werurwe 2020. Aya mabwiriza agomba Kumar’s igihe cy’ibyumweru bibiri nk’uko itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe ribivuga. Ibwiriza rya mbere rivuga ko” Ingendo zitari ngombwa no gusohoka mu rugo […]
Uganda: Abashinwa 8 batorotse akato bafashwe bashaka kwambuka muri Congo
Polisi ya Uganda kuri uyu wa Gatandatu yafatiye itsinda ry’Abashinwa umunani mu karere ka Zombo ubwo bageragezaga kwambuka muri Kongo nyuma yo gutoroka aho bari bashyizwe mu kato ka Coronavirus. Aba bashinwa bari bazanywe mu macumbi ya Naguru n’imodoka y’imwe mu mahoteli akomeye muri Kampala biteganywa ko bazacikira mu yindi iri Entebbe. Umuyobozi muri gipolisi, […]
Umuntu wa mbere yishwe na COVID-19 mu gihugu gituranye n’u Rwanda
Minisiteri y’Ubuzima ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko umuntu wa mbere yishwe n’icyorezo cya Virusi ya Corona muri kiriya gihugu. Ni amakuru yemejwe na Minisitiri w’Ubuzima wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Eteni Longondo, anavuga ko Hari n’abandi bantu batanu bashya banduye kiriya cyorezo ku wa 20 Werurwe. Minisitiri Eteni Longondo yemeje aya […]
Gisagara: Ubwoba bwa COVD-19 ni bwose ku bakora mu ruganda rwa nyiramugengeri
Abakozi b’uruganda rwa Hakan Peat Power Plant rutunganya nyiramugengeri ruyibyazamo amashanyarazi, ruri mu Murenge wa Mamba bavuga ko bafite impungenge z’uko bashobora kwandura icyorezo cya Coronavirus mu gihe nta cyaba gikozwe. Ibi abakozi ba ruriya ruganda babishingira ku kuba amabwiriza yashyizweho mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Virusi ya Corona atubahirizwa uko bikwiye. Muri urwo […]
Bamwe mu baba mu nyubako One Dollar Campaign barashinja ubuyobozi kubaraza hanze
Bamwe mu rubyiruko ruba mu nyubako izwi nka ‘One Dollar Campaign’ yubakiwe abana barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi badafite imiryango ruvuga ko rutishimiye akato rwashyizwemo ko kurazwa hanze ngo batanduza bagenzi babo icyorezo cya Coronavirus. Mu cyumweru gishize aba bakoreshejwe inama basabwa kudasohoka ngo bakore ingendo zitari ngombwa mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus kugira […]
Kigali: Bamwe mu bamotari baravugwaho ivangura rishingiye ku ruhu
Muri iki gihe mu Rwanda hari abarwayi b’icyorezo cya Coronavirus bamwe mu bamotari bo mu Mujyi wa Kigali baravugwaho ivangura rishingiye ku ruhu mu kazi kabo batinya kwandura Coronavirus. Kuva umurwayi wa mbere wa Coronavirus yaboneka mu Rwanda akaba yari umugabo w’umuhinde wageze mu Rwanda aturutse mu Mujyi wa Mombai abantu benshi batashywe n’ubwoba ndetse […]
Ubutaliyani: Imodoka za gisirikare ni zo ziri gutwara imirambo kubera ubwinshi bw’abishwe na COVID-19
Leta y’Ubutaliyani yiyambaje Imodoka za gisirikare ngo abe ari zo zitwara imirambo y’abakomeje guhitanwa n’icyorezo cya Virusi ya Corona, mu gihe umubare w’abakomeje kucyandura no kwivuganwa na cyo ukomeje kwiyongera muri kiriya gihugu. Ku wa 20 Werurwe, Ubutaliyani bwatangaje ko abamaze kwandura icyorezo cya Virusi ya Corona ari 47,021 mu gihe abo cyari kimaze guhitana […]
Kenya: Ushinjwa kurasira umuntu mu kabyiniro k’Umunyarwanda yibasiye Visi-Perezida
Depite Babu Owino umaze iminsi akurikiranweho kurasira umuntu mu kabyiniro k’Umunyarwanda, Billy Ndengeyingoma, yibasiye Visi Perezida wa Kenya, Dr William Ruto amubwira kujyana mu bitaro amafaranga akomoka kuri ruswa, yajyanaga mu nsengero ngo kuko ari byo bifite ubushobozi buke bwo guhangana na Coronavirus. Asubiza ubutumwa Ruto yanyujije kuri Twitter avuga ko yifatanyije n’Abakristo b’itorero Incuti […]
Kwibuka bizabaho, ubuzima bw’abaturage nabwo bwitabweho
Muri iki gihe Isi yose yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus, hari impungenge ko gishobora gukoma mu nkokora umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 igihugu cyitegura. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango w’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (IBUKA), Ahishakiye Naphtal aganira n’umunyamakuru wa Bwiza.com yatangaje ko imyiteguro yo kwibuka irimo gukorwa nk’uko […]
Rwanda: Nta wucyemerewe kurenza saa tatu z’umugoroba akiri mu kabari
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu MINALOC, yatangajwe ko nta kabari ko mu mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi kemerewe kurenza saa tatu z’ijoro kagikora, mu gihe utwo mucyaro two tutagomba kurenza saa moya z’umugoroba. Ibi biri mu mabwiriza mashya iyi Minisiteri yasohoye, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Virusi ya Corona. MINALOC kandi ivuga ko […]
Abahinde bane bishwe bamanitswe bazira gufata ku ngufu umukobwa bakanamwica
Abagabo bane bo mu gihugu cy’Ubuhinde bishwe bamanitswe nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gufata umukobwa ku ngufu kugeza ubwo apfuye bigatuma bakatirwa igihano cy’urupfu. Aba bagabo ni: Akshay Thakur, Vinay Sharma, Pawan Gupta na Mukesh Singh. Mu 2013 nibwo bafungiwe muri gereza ya Tihar nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gufata ku ngufu no kwica umukobwa […]
Uganda irashakisha Umunyarwandakazi ukekwaho Coronavirus
Abuyobozi ku ruhande rw’u Rwanda na Uganda, bari gushakira hasi no hejuru umugore w’Umunyarwanda, Mushimiyimana Delphine ukekwaho icyorezo cya Virusi ya Corona. Mushimiyimana ukomoka mu Karere ka Ruhango, amakuru avuga ko yaherukaga kuva i Dubai muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu aza i Kigali. Mushimiyimana ngo yabanaga n’incuti iza kurwara, bayisuzumye bayisangamo icyorezo cya Virusi ya […]
Modern Coast Express yahagaritse ingendo zayo mu Rwanda, Uganda na Tanzania
Kompanyi y’ubwikorezi bw’abantu n’ibintu yo muri Kenya, ‘Modern Coast Express’ yatangaje ko ihagaritse ingendo zayo yakoreraga mu bihugu bitandukanye byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba birimo Uganda, u Rwanda na Tanzania kubera Coronavirus. Mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Kane, Modern Coast Express yatangaje ko ihagaritse ingendo zayo zigana muri ibi bihugu guhera tariki […]
Umuhanzi Aurlus Mabele ukomoka muri Congo yishwe na Coronavirus
Umuhanzi Aurlus Mabele wakanyujijeho mu muziki wa Repubulika ya Congo Brazzaville, yitabye Imana mu ijoro ryakeye azize icyorezo cya Virusi ya Corona. Uyu mugabo witabye Imana afite imyaka 67 y’amavuko, yaguye mu bitaro by’i Paris mu Bufaransa aho yari arwariye kuva ku wa 19 Werurwe. Inkuru y’urupfu rwa Mabele yatangajwe bwa mbere n’umukobwa we witwa […]
Impungenge ku Banyarwanda baba mu mahanga bari mu nzira berekeza i Kigali
Bamwe mu banyarwanda baba mu mahanga berekezaga mu Rwanda bafite impungenge ku rugendo rwa bo bitewe n’icyemezo Leta y’u Rwanda yafashe cyo gufunga ingendo z’indege. Aba banyarwanda barimo abari bamaze guhaguruka berekeza mu Rwanda urugendo ruteganya ko bazahagera ku wa 21 Werurwe 2020 bikaba bigaragara ko batabasha kugera mu Rwanda kuko isaha ntarengwa izaba yarenze. […]
Rusizi: Abambukira ku ndangamuntu bangiwe kwinjira muri RD Congo
Abakoreshaga umunsi ku wundi umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo uri i Rusizi bambukiye ku ndangamuntu, bavuga ko batangiye kugerwaho n’icyemezo bafatiwe cyo kutinjira muri Congo, bangirwa kwinjira muri iki gihugu. Ku wa Gatatu tariki 19 Werurwe, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Antoine Tshisekedi, yatangaje ingamba zitandukanye mu […]
Manaja wa Diamond Platnumz yanduye Coronavirus
Kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Werurwe 2020 Sallam SK usanzwe ureberera inyungu z’umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania no muri Afurika, Diamond Platnumz yatangaje ko yanduye Coronavirus. Sallam SK uzwi nka Mendez we ubwe yitangarije ko yanduye Coronavirus akoresheje urukuta rwe rwa Instagram ubwo yandikaga amenyesha inshuti ze n’abamukurikira ko yapimwe n’inzego z’ubuzima muri Tanzania […]
U Rwanda rwagobotse abaturage barwo bafite ibibazo by’ingendo bari mu mahanga
Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, yashyizeho uburyo bworohereza Abanyarwanda bari mu mahanga kugaruka mu gihugu, ku bagize ikibazo cy’urugendo. Itangazo Minisiteri y’ububanyi n’Amahanga yanyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter yagize iti”Abanyarwanda bari mu mahanga bagize ibibazo mu ngendo barasabwa kuvugana na za Ambasade z’u Rwanda zibegereye, cyangwa bagahamagara +250788125043″. Leta yashyizeho ubu […]
Abunganira Gen. Tumukunde bari gukora ibishoboka byose ngo afungurwe
Abanyamategeko bunganira (Rtd) Lt. Gen. Henry Tumukunde wahoze ari Minisitiri w’umutekano wa Uganda kuri ubu ufungiye muri Gereza ya Luzira batangaje ko bagiye gukora ibishoboka byose agafungurwa. Nyuma y’igihe gito Gen. Henry Tumukunde usanzwe atarya umunwa mu kunenga ubutegetsi buriho atangaje ko aziyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu cya Uganda mu matora ateganyijwe muri 2021. Uyu […]
Kenya: Uwarasiwe mu kabyiniro k’Umunyarwanda amaze kubagwa gatatu
DJ Evolve yabazwe ku ncuro ya gatatu, nyuma yo kurasirwa mu kabyiniro k’Umunyarwanda, Billy Ndengeyingoma gaherereye i Nairobi muri Kenya. Ku wa 17 Mutarama ni bwo Félix Orinda uzwi nka DJ Evolve yarashwe n’Umudepite witwa Babu Owino, arasirwa mu kabyiniro kitwa B Club gaherereye mu Mujyi wa Nairobi mu gace ka Kilimani, mu nzu yitwa […]
Wema Sepetu arashinjwa ubujura
Umukinnyi wa filimi, Wema Sepetu ukomoka muri Tanzania, yashinjwe ubujura ku mbuga nkoranyambaga gusa we aravuga ko atari we wabikoze. Uyu mukobwa avuga ko ubujura ashinjwa ari ikinyoma. Magingo aya Wema Sepetu wabaye Nyampinga wa Tanzania, asa n’uwafashe umwanya wo kwiyitaho no kwitekerezaho, nyuma y’inzira y’umusaraba yanyuzemo mu myaka ibiri ishize. Nko muri 2018 yajyanwe […]
Banki zasabwe korohereza abazibereyemo imyenda
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ku mugoroba wo kuwa 18 Werurwe yashyize hanze itangazo riha uburenganzira banki bwo gusubira mu masezerano y’inguzanyo mu rwego rwo korohereza abazibereyemo imyenda kubera ingaruka z’indwara ya Coronavirus igenda igira ku bikorwa byinjiza amafaranga by’abaturage. Uyu mwanzuro wa Banki Nkuru y’u Rwanda uje usanga indi itandukanye yagiye ifatwa n’ibigo bya […]
Burundi: Uhagarariye Ishyaka ritavugarumwe na Leta yishwe
Urupfu rwa Methusela Nahishakiye wari umuyobozi wa CNL muri komini ya Kabezi muri zone Migera rwamenyekanye kuwa Mbere tariki 16 Werurwe 2020 yishwe arashwe n’imbonerakure iwe mu rugo i Kabezi mu ntara ya Bujumbura. Nyuma y’uko Agathon Rwasa yemerewe kuzahatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora yo muri Gicuransi 2020, bisa nk’aho bitakiriwe neza n’ishyaka riri […]
Kenya: Umugabo yishwe n’urubyiruko rumushinja kurwara Coronavirus
Umugabo ufite ubwenegihugu bwa Kenya, yitabye Imana nyuma yo kugabwaho igitero agakorerwa ibya mfura mbi n’agatsiko k’urubyiruko rwamuketseho kurwara Coronavirus. Ibi byabereye mu mudugudu witwa Kibundani mu ntara ya Kwale. Uwishwe ashinjwa kuba yari arwaye Coronavirus yitwa George Kotini Hezron, wahuye n’agatsiko ka ruriya rubyiruko ubwo yari avuye kunywa ku gasantere k’ubucuruzi. Umuyobozi wa Polisi […]
Rwanda: Ingendo z’indege zose zahagaritswe bitewe na Coronavirus
Nyuma y’uko mu Rwanda hagaragaye abandi barwayi batatu ba Coronavirus biyongera ku munani bari basanzwe bose hamwe bakaba cumi n’umwe, u Rwanda rwahise ruhagarika indege zose ziza mu Rwanda n’izijya hanze zinyuze ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali mu gihe cy’iminsi 30 mu rwego rwo gukomeza kwirinda icyorezo cya Coronavirus. Biri mu itangazo Minisiteri y’Ubuzima […]
Burikina Faso: Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yapfuye azize Coronavirus
Urupfu rwa Depite akaba na Visi Perezida w’Inteko Ishinga amategeko ya Burikina Faso Hon. Marie Rose Compaoré rwamenyekanye mu ijoro ryo kuwa 17 rishyira kuwa 18 Werurwe 2020 aba umuntu wa mbere muri Afurika y’Uburengerazuba uhitanywe na Covid-19. Umuhuzabikorwa ku rwego rw’igihugu ushinzwe gukumira icyorezo cya Coronavirus, Prof.Martial Ouedraogo ni we watangaje iby’urupfu rw’uyu mugore […]
Tanzania: Uwagaragayeho Coronavirus yasabye imbabazi abaturage
Umuntu wa mbere wagaragayeho Coronavirus muri Tanzania yatangaje ko nyuma yo kwitabwaho n’abaganga ubu ameze neza akaba anasaba imbabazi abanya-Tanzaniya bose kuba ari we muntu wa mbere wazanye icyi cyorezo mu gihugu. Isabella Mwampamba ni umugore w’imyaka 46. Ni we murwayi wa mbere wagaragayeho coronavirus muri Tanzania, akaba yaratangajwe tariki 16 Werurwe 2020 nyuma y’umunsi […]
Umunyamakuru w’Umugande afungiwe mu Rwanda
Tony Babara, Umunyamakuru w’Umugande ufata amafoto, afungiye mu Rwanda kuva tariki ya 14 Gashyantare 2020 akurikiranweho gukoresha ibiyobyabwenge. Amakuru avuga ko yari yaje mu gitaramo cy’itsinda rya “Kassav” ryamamaye mu njyana ya Zouk, cyabereye muri Kigali Convention Center ku wa 14 Gashyantare cyikitabirwa na Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, […]
Coronavirus yatumye ibizamini by’akazi bisubikwa
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko ibizamini by’akazi bibaye bihagaritswe uhereye kuri uyu wa 17 Werurwe 2020 kuko na byo bihuza abantu benshi. MIFOTRA yatangaje ko hazatangazwa igihe bizasubukurirwa. Ibi ngo ni mu rwego rwo gukaza ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus. Ibigo bya Leta n’ibyabikorera byasabwe kugabanya umubare w’abakozi bakorera mu biro […]
Kadaga yahawe urw’amenyo nyuma yo kuvuga ko Uganda iri hafi gukora umuti wa Coronavirus
Abantu batandukanye bibasiye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga, nyuma yo gutangaza ko igihugu cye cya Uganda kiri mu nzira zo kubona umuti wa Coronavirus. Ku wa mbere Ku wa 16 Werurwe Kadaga ubwo yaganiraga n’abadepite, yavuze ko hari uruganda rwo muri Uganda rukora imiti ruzatangira gutanga umuti wa coronavirus mu gihe cy’ibyumweru […]
Kenya: Guverineri yavuze ko Coronavirus yaziye igihe mu gihugu cye
Guverineri w’Intara ya Machakos muri Kenya Dr. Alfred Mutua, yatangaje ko icyorezo cya Coronavirus cyahaye Kenya amahirwe akomeye yo gushyira ku murongo urwego rwayo rw’ubuzima. Aganira n’Ikinyamakuru Mwakilishi, Guverineri Mutua yavuze ko kuba Coronavirus yaraje muri Kenya ari nk’umugisha waziye mu bibazo. Yavuze ko byari bimenyerewe ko abayobozi bakomeye muri Kenya bajya kwivuriza mu mahanga […]
Kayonza: Abana babiri b’abahungu bajyanwe mu bitaro bikekwa ko basambanyijwe n’umugore
Abana babiri b’abahungu bo mu Murenge wa Murundi bajyanwe ku bitaro bikekwa koo bfashwe ku ngufu n’umugore witwa Mukanzamuye Apronaria. Uyu mugore ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akekwaho iki cyaha. Aya makuru yamenyekanye ejo kuwa 16 Werurwe 2020 ubwo umwe mu babyeyi b’aba bana yasangaga umwana we mu rugo rwa Mukanzamuye bari kumwe […]
Kevin Durant na bagenzi be batatu bakinana basanzwemo COVID-19
Igihangage mu mukino wa Basketball, Kevin Durant na bagenzi be batatu bakinana mu Ikipe ya Brooklyn Nets, basanzwemo Icyorezo cya Coronavirus nk’uko byemejwe n’ikinyamakuru ESPN. Nyir’ubwite Durant na we yahamirije The Athletic ayo makuru agira ati” Buri wese nabe maso, yiyiteho kandi yishyire mu kato.” Yongeraho ko yumva ameze neza kandi ko nta bimenyetso agaragaza. […]
Katuna: Abavuye mu Rwanda baracungirwa hafi
Mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus, abategetsi ba Uganda bakajije ingamba ku mupaka wa Gatuna ugabanya igihugu cyabo n’u Rwanda birinda ko kiriya cyorezo cyahinjira. Ni nyuma yo kumenya ko mu Rwanda hari abantu barindwi bamaze kugaragaraho Coronavirus, barimo n’Umugande w’imyaka 22 wageze mu Rwanda avuye i Londres mu Bwongereza, ku wa 14 […]
Burundi:Abanyarwanda bakusanyirijwe mu nkambi z’akato baratabaza
Abanyarwanda bakusanyirijwe mu nkambi z’akato I Burundi guhera ku Cyumweru nyuma y’uko u Burundi bufunze umupaka wabwo n’u Rwanda baratabaza kubera imibereho igoranye babayeho aho bafungiye. Aba Banyarwanda bafungiwe mu ishuri “Paramedical de Kinyana/Ngozi” aho bakusanyirijwe n’igipolisi cy’u Burundi kibashinja kujyana Coronavirus mu gihugu cyabo. Abafashwe babanje gukusanyirizwa mu ntara ya Gitega na Bubanza babakuye […]
CHAN Amavubi yari yarasabye kutitabira yasubitswe
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, yanzuye ko irushanwa ryari riteganyijwe ry’igikombe cya Afurika rihuza abakina muri za shampiyona zabo (CHAN) risubikwa kubera icyorezo cya Coronavirus. Iri rushanwa ryagombaga kubera muri Cameroun kuva ku wa 04 Mata rikazasozwa ku wa 25 Mata. Amavubi y’u Rwanda yari afite itike yo kuzitabira iri rushanwa, gusa yari yaramaze […]
Tanzania: Abazanye n’uwanduye Coronavirus muri RwandAir barashakishwa
Leta ya Tanzania itangaza ko yatangiye gushakissha hasi kubura hejuru buri muntu wese waba yaragize aho ahurira n’umurwayi wa Coronavirus wabonetse muri iki gihugu waje aturutse mu Bubiligi akaza mu ndege ya Kompanyi ya RwandAir kugira ngo nabo basuzumwe iyi ndwara kuko hari impungenge ko haba harimo abayanduye bakaba bari kuyikwirakwiza mu gihe batari bagaragaza […]
Umugande yahamijwe icyaha cyo gushabikira Umunyarwandakazi indangamuntu
Urukiko rwa Kisoro muri Uganda, rwahamije Umunyemari w’Umugande icyaha cyo gushabikira indangamuntu ya Uganda Umunyarwandakazi witwa JosianeUwimana. Ku wa 12 Werurwe 2019 bwiza.com yabagejejeho inkuru ivuga ko “Umunyemari w’Umunya- Uganda akurikiranweho gufasha Umunyarwandakazi guhimba ibyangombwa.” Ahabanza Tukamushaba ukomoka i Kabale, akora ibijyanye no gutembereza ba mukerarugendo, gusa akaba anafite ikigo cyitwa “Eagle Tours and Travel […]
Miss Nishimwe Naomie yitandukanyije n’abategura Miss Rwanda
Nyampinga w’u Rwanda w’umwaka wa 2020, Nishimwe Naomie, yatangaje ko atazakorana na Rwanda Inspiration Back Up iri mu bategura Miss Rwanda, mu bijyanye no gushyira mu bikorwa inshingano umushinga we. Ibi uyu mukobwa yabitangaje mu itangazo yanyujije ku mbuga nkoranyambaga akoresha kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Werurwe uyu mwaka. Miss Naomie, yavuze ko ibijyanye […]
Abanyeshuri b’Abarundi bigaga mu Rwanda banze gusubira mu gihugu cyabo
Nyuma y’umwanzuro Guverinoma y’u Rwanda yafashe wo gucyura abanyeshuri guhera ku Cyumweru mu kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, bamwe mu banyeshuri b’Abarundi bigaga mu Rwanda bo bahisemo kudasubira iwabo batinya gushyirwa mu kato. U Burundi bwafashe umwanzuro wo gufunga umupaka ubahuza n’u Rwanda nyuma yo kumva ko mu Rwanda hagaragaye umurwayi ufite virusi ya Covid-19 ndetse […]
Kigali: Igiciro cy’umuceri cyazamutse kubera Coronavirus
Abatuye mu bice bitandukanye bw’Umujyi wa Kigali, bahangayikishijwe n’ibura rya bimwe mu bicuruzwa byiganjemo icy’umuceri, byatewe n’icyorezo cya Virusi ya Coronavirus. Abaturage bavuga ko aho ibicuruzwa bitabuze ahubwo usanga ibiciro byazamutse cyane. Urugero ni nk’umuceri, udupfukamunwa n’uturindantoki (gloves). Imbere y’amahahiro atandukanye i Kigali, abaturage bari kuba ari benshi bashaka ibicuruzwa byiganjemo umuceri ku buryo biri […]
WizKid arifuza gutera inda Rihanna
Umuhanzi w’Umunyanijeriya Ayodeji Ibrahim Balogun wamamaye nka WizKid yatangarije abamukurikira ko bitarambiranye yifuza gutera inda umuhanzikazi Rihanna. WizKid ibi yabitangaje ku rubuga rwe rwa Twitter asubiza umufana we yaramubwiye ko asigaye yiyegereza Rihanna cyane nk’ushaka kumutera inda maze ntiyaripfana amusubiza ko ari byo ari kugerageza. WizKid wakunze guhirwa cyane mu muziki we, icyifuzo cye gifite […]
Pasiteri Schoof aratabaza Donald Trump, Kagame na Museveni
Umunyamerika Pasiteri Gregory Schoof aratabaza Perezida Donald Trump na Museveni nyuma y’uko yirukanwe ku butaka bw’u Rwanda kuwa 07 Ukwakira 2019 afashwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB. Uyu mugabo yaje mu Rwanda azanye n’umuryango we aho yashinze itorero “Conerstone Baptist Church” mu Rwanda mu mwaka wa 2003 nyuma mu 2009 aza no gushinga Radio ya Gikristo […]
Amafoto y’umukobwa mushya uri kumwe na Diamond i Bulayi

Umuhanzi Platnumz yasohoye amafoto menshi ari kumwe n’umukobwa witwa Malaika Salatis ku Mugabane w’Ubulayi, yerekana ibihe byiza yagiranye n’inkumi yakoresheje mu mashusho y’indirimbo “Jeje”. Diamond nta byinshi yavuze kuri ariya mafoto, gusa yo ubwayo arivugira. Ni amafoto yafotowe hafatwa amashusho y’indirimbo Jeje ariko atarashyizwe muri videwo yayo. Iby’amafoto bishimangirwa n’ubutumwa Tanasha yagiye akunda kunyuza ku […]
Ambasade y’Ububiligi mu Rwanda yafunze imiryango by’agateganyo
Ambasade y’Ububiligi mu Rwanda kuri uyu wa 15 Werurwe 2020 yasohoye itangazo rimenyesha abayigana ko ibaye ifunze imiryango by’agateganyo kugeza kuwa 28 Werurwe 2020 nk’imwe mu ngamba zo gukumira icyorezo cya Coronavirus. Icyorezo cya Coronavirus gikomeje gukwirakwira mu bihugu bitandukanye ku isi, ubuhahirane n’imigenderanire byakomwe mu nkokora cyane cyane ku ngendo zijya n’iziva mu mahanga […]
Abahindu bakoze ibirori byo kunywa amaganga y’inka bafata nk’umuti wa Coronavirus

Amagana y’abayoboke b’idini ry’Abahindu bo mu gihugu cy’Ubuhinde, bakoze umunsi mukuru wo kunywa amaganga y’inka bizera ko zizabarinda icyorezo cya Virusi ya Corona. Mangingo aya nta rukingo rw’iki cyorezo gikomeje koreka Isi ruraboneka, aho ababarirwa mu bihumbi 140 bamaze kucyandura, mu gihe abarenga 5,000 bamaze kwicwa na cyo. Abakoze ibirori byo kunywa amaganga y’inka ni […]