Bwa mbere Joseph Kabila yagaragaye mu ruhame kuva yagera i Goma (Amafoto)

20250529 144526

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragaye ku nshuro ya mbere ari mu ruhame nyuma yo kugera mu mujyi wa Goma amazemo iminsi. Ku Cyumweru gishize ni bwo Joseph Kabila yageze mu mujyi wa Goma ugenzurwa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23, nyuma y’igihe kirekire aba muri Afurika y’Epfo, […]

Jenerali ukuriye abajepe ba Tshisekedi yandagaje Kabila, ashimangira ko akwiye urupfu

GridArt 20250529 132632898

Umuyobozi w’umutwe w’abasirikare bashinzwe kurinda Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yibasiye Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa kiriya gihugu, agaragaza ko akwiye urupfu. Général-Major Ephraïm Kabi Kiriza yibasiye Kabila ku wa Gatatu tariki ya 28 Gicurasi, ubwo we n’abasirikare ayoboye bari bahuriye mu kigo cya gisirikare cya Camp Colonel […]

Mukwege yashimangiye ko Kabila akoreshwa n’u Rwanda 

GridArt 20250529 100157486

Umuganga akanaba n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Dr. Denis Mukwege, yashimangiye ibyo leta y’i Kinshasa ivuga by’uko Joseph Kabila Kabange yaba akoreshwa n’u Rwanda. Kabila wayoboye RDC hagati ya 2001 na 2019, amaze igihe ashinjwa n’ubutegetsi bw’i Kinshasa kuba akorana n’umutwe wa M23 buvuga ko ushyigikiwe n’u Rwanda. Ni ibirego […]

Pyramids yishimiye gutwara shampiyona ya Misiri, igikombe gihabwa Al Ahly 

20250529 75202

Ikipe ya Pyramids FC yaraye yishimiye gutwara igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Misiri, mu gihe Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri iki gihugu ryamaze kugiha Al Ahly bari bagihataniye. Ku mugoroba wo ku wa Gatatu ni bwo amakipe yombi yakinaga imikino ya kamarampaka yanasoje shampiyona ya Misiri. Al Ahly yanyagiye Pharco FC ibitego 6-0, na […]

Perezida Ruto yasabye imbabazi Tanzania

339L3R3

Perezida William Ruto wa Kenya yasabye imbabazi Tanzania, nyuma y’iminsi hatutumba umwuka mubi hagati ya kiriya gihugu n’icye. Ruto yasabiye imbabazi mu masengesho yo gusabira igihugu cye azwi nka National Prayer Breakfast. Ni imbabazi yanasabye Uganda. Yagize ati: “Ku baturanyi bacu ba Tanzania, niba twarabakoshereje mu buryo ubwo ari bwo bwose, turasaba imbabazi. Kuri bagenzi […]

Perezida Kagame yasabye Tokayev kuzasura u Rwanda 

perezida kagame na tokayev baganiriye ku bufatanye bw u rwanda na kazakhstan b7643

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki ya 28 Gicurasi, yahaye ubutumire mugenzi we wa Kazakhstan, Kassym-Jomart Tokayev bwo kuzasura u Rwanda. Umukuru w’Igihugu ari i Astana muri Kazakhstan, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri ari kugirira muri iki gihugu cyo ku mugabane wa Aziya. Kuri uyu wa Kane we na mugenzi we bagiranye ibiganiro […]

Abasirikare 2 ba RDF baguye muri Centrafrique bagiye gushimirwa

Rw 1j26341

Sergent Major Fiston Murwanashyaka na Caporal Eliakim Niyitegeka bombi bo mu ngabo z’u Rwanda (RDF), bagiye gushimirwa n’Umuryango w’Abibumbye kubera ubwitange bagiye bagaragaza mu bikorwa byo kugarura amahoro bakaza no kubiburiramo ubuzima. Aba basirikare bazashimirwa ejo ku wa Kane tariki ya 29 Gicurasi 2025, mu birori bizabera ku cyicaro cya Loni i York York muri […]

U Burundi bwabujije abayobozi babwo gutega RwandAir 

rwandair 5

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko abayobozi bose bo muri iki gihugu babujijwe gutega indege za RwandAir, mu gihe bari gukorera ingendo mu mahanga. BWIZA yabihishuriwe na Dr. Frank Habineza, umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, na we wabibwiwe n’umwe mu nshuti ze zegereye ubutegetsi bw’u Burundi. Ati: “Ejobundi hari […]

Perezida Kagame yageze i Astana (Amafoto)

20250527 190735

Perezida Paul Kagame yamaze kugera i Astana muri Kazakhstan, aho yamaze gutangira uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri. Umukuru w’Igihugu akigera muri iki gihugu yakiriwe ku kibuga cy’indege na mugenzi we, Kassym-Jomart Tokayev. Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Gicurasi, Perezida Paul Kagame azahurira mu nama yo mu muhezo na mugenzi we wa Kazakhstan, […]

U Rwanda ahubwo nirujye runakora Drones z’intambara: Dr. Habineza

GridArt 20250527 155726717

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), Dr. Frank Habineza, yatangaje ko yishimiye cyane kubona u Rwanda rusigaye rukora imbunda, avuga ko runakoze za drone z’intambara byaba byiza kurushaho. Ku wa Mbere tariki ya 19 Gicurasi ni bwo i Kigali habereye imurikabikorwa ryari rigamije kwerekana urwego ibihugu bya Afurika bigezeho mu kubaka […]

Twarimo twikinira: Perezida Macron nyuma yo kurya urushyi rwa Brigitte

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yateye utwatsi ibyo gukubitwa urushyi n’umugore we, avuga ko ababashinje gushwana bavuze ibintu uko bitari. Ejo ku wa Mbere ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho yerekana Perezida w’u Bufaransa akubitwa urushyi mu isura na Madamu we, ubwo bari mu muryango w’indege bitegura gusohoka. Ni amashusho yafatiwe ku kibuga cy’indege […]

Perezida Kagame ategerejwe muri Kazakhstan 

gclflaxxeaapd7f 947e0

Perezida Paul Kagame ategerejwe i Astana muri Kazakhstan, aho agomba kugirira uruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi ibiri. Ni uruzinduko Umukuru w’Igihugu agomba gutangira ku wa Gatatu tariki ya 28 Gicurasi 2025, mbere yo kurusoza bucyeye bwaho. Uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame muri kiriya gihugu giherereye rwagati ku mugabane wa Aziya, rwabanjirijwe n’urwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb […]

Gen. Muhoozi yasabye imbabazi Gen. Salim Saleh

20250522 184734 1

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasabye imbabazi se wabo Gen. Salim Saleh amusezeranya ko agiye kwirinda kongera kuvuga u Budage mu kanwa ke. Kuva mu mpera z’icyumweru gishize umwuka mubi ukomeje gututumba hagati ya Uganda n’u Budage, nyuma y’uko Igisirikare cy’iki gihugu cyo mu majyaruguru y’u Rwanda gishinje Ambasaderi w’u Budage gushyigikira […]

Perezida Macron yakubiswe urushyi n’umugore we

GridArt 20250526 113513531

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yakubiswe urushyi na Madamu we Brigitte ubwo aba bombi barimo batongana. Macron yahuriye na ririya sanganya muri Vietnam, aho we na madamu we batangiriye uruzinduko bari kugirira mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’umugabane wa Aziya. Amashusho ari gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga yerekana Perezida w’u Bufaransa akubitwa urushyi na Madamu we, ubwo […]

Impuruza ya M23 kuri Jenoside ingabo zirimo iz’u Burundi ziri gukorera Abanyamulenge

bur sol 1

Umutwe wa M23 watanze impuruza kuri Jenoside uvuga ko ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo riri gukorera abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge. Uyu mutwe mu itangazo waraye yasohoye, wavuze ko bariya baturage bari “gukorerwa Jenoside n’ihuriro rigizwe na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi ku manwa y’ihangu.” Umuvugizi wa M23, Lawrence […]

M23 yasubije uwavuze ko kuva Goma yafatwa na yo ibintu byazambye kurushaho

70144

Umutwe wa M23 watangaje ko wamagana wivuye inyuma icyo wise amakuru y’ibihuha ari gutangazwa na Leta ya RDC n’inshuti zayo, avuga ko kuva wafata Goma muri Mutarama uyu mwaka, umutekano muri uriya mujyi warushijeho kuzamba. Uyu mutwe wasubizaga Umujyanama Mukuru w’ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri RDC (MONUSCO) ushinzwe kurinda abasivile, Williams Teohna. Uyu […]

Kabila twari tubizi ko ari Umunyarwanda: Umuyobozi w’ishyaka rya Tshisekedi

kabuya et kabila

Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka UDPS riri ku butegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Augustin Kabuya, yibasiye Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa kiriya gihugu kugeza agaragaje ko atari umunye-Congo. Kabuya yasubizaga Kabila, ku ijambo uriya wayoboye RDC imyaka 18 aheruka kugeza ku banye-Congo. Kabila mu ijambo rye yagaragaje ko imiyoborere mibi y’ubutegetsi bwa Perezida Félix […]

APR FC yegukanye igikombe cya 6 cya shampiyona yikurikiranya

Ikipe ya APR FC yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere ya 2024/2025, nyuma yo gutsinda Muhazi United igitego 1-0. Muhazi United yari yakiriye ikipe y’Ingabo z’Igihugu kuri Stade y’i Ngoma, mu mukino w’umunsi wa 29 wa Shampiyona. Igitego cyo ku munota wa 35 w’umukino cy’umunya-Burkina Faso, Cheikh Djibril Ouattara wari uhinduriwe umupira na Ruboneka […]

Amerika yasabye Tanzania ibisobanuro

FotoJet 38

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatse Tanzania ibisobanuro, zinayisaba gukora iperereza ku ifungwa ry’impirimbanyi zirimo iyo muri Kenya n’iyo muri Uganda zari zifungiye ku butaka bwayo. Ku wa Gatanu tariki ya 23 Gicurasi ni bwo byamenyekanye ko Boniface Mwangi n’umunyamakuru Agather Atuhaire bajugunwe ku mipaka ihuza Tanzania n’ibihugu bakomokamo, nyuma yo kumara amasaha menshi bafungiye […]

Ubucuti bwa Tshisekedi na FDLR: Kabila yunze mu ry’u Rwanda

Capturedecran2025 05

Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanenze imikoranire ya leta ya kiriya gihugu n’umutwe wa FDLR, ashimangira ifite ingaruka mbi cyane ku mutekano w’akarere. Ubutegetsi bwa Tshisekedi bumaze igihe bwaritabaje inyeshyamba zo mu mutwe wa FDLR ugizwe n’abiganjemo abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ngo zibufashe guhangana n’umutwe wa M23 […]

FADM yungutse abasirikare ba mbere bahawe imyitozo ikaze na RDF

2025 05 24 16 44 25 2

Perezida Daniel Chapo wa Mozambique akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki gihugu (FADM), yayoboye umuhango wo gusoza amasomo y’abasirikare 525 ba kiriya gihugu batojwe n’Ingabo z’u Rwanda (RDF). Ku wa Gatanu tariki ya 23 Gicurasi, ni bwo umuhango wo gusoza amasomo ya bariya basirikare bahawe imyitozo yo ku rwego rwo hejuru igenewe ingabo zirwanira ku butaka, […]

Joseph Kabila yemeje ko agiye kujya i Goma

Capturedecran2025 05

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahakanye amakuru mu minsi yavuzwe ko yaba yarageze mu mujyi wa Goma, avuga ko azawerekezamo mu minsi mike iri imbere. Kabila yabitangarije mu ijambo yaraye agejeje ku banye-Congo. Ni ijambo yavuze nyuma y’amasaha make Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imwambuye ubudahangarwa […]

Muri Uganda ‘hari kuvuka’ imitwe yitwaje intwaro

mugezi

Igisirikare cya Uganda (UPDF), kuri uyu wa Gatanu cyatangaje ko inzego z’umutekano muri iki gihugu ziri gukurikiranira hafi imitwe yitwaje intwaro yatangiye kuhavuka. Ni amakuru yatangajwe n’Umuvugizi w’agateganyo wa UPDF, Col. Chris Magezi. Yavuze ko mu mezi make ashize inzego z’umutekano ndetse n’iziperereza “zataye muri yombi zinabaza abenshi bakekwaho kuba bafite aho bahuriye no guteza […]

Perezida Kagame yasuye ikirombe cya mbere gicukurwamo Wolfram nyinshi muri Afurika 

20250523 160401

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Gicurasi, yasuye ikirombe cya Nyakabingo giherereye mu murenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo. Iki kirombe Umukuru w’Igihugu yasuye kizwiho kuba ari cyo cya mbere muri Afurika gicukurwamo amabuye menshi yo mu bwoko bwa Wolfram. Wolfram mu busanzwe itunganywamo ibyuma bikomeye cyane bikoreshwa mu bwubatsi, […]

Jenerali w’inkoramutima ya Kabila yatawe muri yombi

Général de Brigade Pierre Banywesize uri mu nkoramutima za Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatawe muri yombi. Banywesize yahoze ari umurinzi wihariye wa Joseph Kabila. Amakuru avuga ko ku wa Kane tariki ya 22 Gicurasi ari bwo yatawe muri yombi n’ubutasi bwa RDC, nyuma y’amasaha make ahatwa ibibazo. […]

Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri Loni yatangiye imirimo

Ambasaderi mushya w’u Rwanda mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yashyikirije Umunyamabanga Mukuru w’Uriya muryango impapuro zimwemerera kuwuhagarariramo u Rwanda. Ku wa Kane tariki ya 22 ni bwo Amb. Martin Ngoga yashyikirije Antonio Guterres impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Loni. Yabwiye Gutteres ati: “Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, yanyemereye kuba Ambasaderi ndetse […]

Joseph Kabila yambuwe ubudahangarwa

20240331 133318

Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa Kane yambuye ubudahangarwa Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida w’iki gihugu, inatanga uburenganzira bw’uko akurikiranwa mu nkiko. Umwanzuro wambura Kabila ubudahangarwa nk’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko watowe n’abasenateri 88, batatu bahitamo kwifata; mu gihe batanu bonyine ari bo bawurwanyije. Joseph Kabila Kabange nk’uwayoboye Repubulika Iharanira […]

Gen. Salim Saleh yiyemeje gushyira ku murongo Gen. Muhoozi

20250522 184734

Murumuna wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Gen (Rtd) Caleb Akandwanaho uzwi nka Salim Saleh, yatangaje ko agomba gushyira ku murongo Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba. Ni isezerano Gen. Salim Saleh usanzwe ari umujyanama wa Perezida Museveni yahaye intumwa z’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, mu nama iheruka kumuhuriza na zo i Gulu. […]

Ntabwo mugiye gufungwa: Visi-Meya wa Rubavu ku bari barafashwe bugwate na FDLR

20250522 172309

U Rwanda kuri uyu wa Kane tariki ya 22 Gicurasi, rwakiriye icyiciro cya gatatu cy’abantu babarirwa muri 640 umutwe wa FDLR wari warafatiye Bugwate muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Kuri uyu wa Kane ni bwo aba Banyarwanda bakiriwe ku mupaka munini uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu karere ka Rubavu, […]

Minisitiri Nduhungirehe yahuye na Shingiro w’u Burundi

20250522 120215

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, ku wa Kane tariki ya 21 Gicurasi yahuye na mugenzi we w’u Burundi, Amb. Albert Shingiro. Aba bombi bahuriye i Bruxelles mu Bubiligi, ahabereye inama ya gatatu ya ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bo mu bihugu bigize umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ndetse n’abo mu bigize uw’Ubumwe bw’u Burayi. Amb. […]

Umwuka ukomeje kuba mubi hagati ya Tanzania na Kenya

Leta ya Kenya ku wa Kane tariki ya 22 Gicurasi, yasabye iya Tanzania kurekura by’ako kanya impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, Boniface Mwangi ifunze. Umwuka ukomeje kuba mubi hagati ya Kenya na Tanzania, nyuma y’uko mu ntangiriro z’iki cyumweru Tanzania yafunze abanya-Kenya batandatu gusa bamwe ikaza guhita ibirukana ku butaka bwayo. Aba barimo Boniface Mwangi bari […]

Lt. Gén Masunzu yibukije FARDC ko igomba kwirukana burundu M23

Screenshot 20250522

Umuyobozi w’akarere ka gatatu ka gisirikare mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt. Gén. Masunzu Pacifique, yibukije abasirikare ba kiriya gihugu ko ari bo ubwabo bagomba kwirukana burundu M23. Masunzu yatanze ubwo busabe hagati y’itariki ya 14 n’iya 19 Gicurasi, ubwo yasuraga imitwe y’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iri […]

RIB yafunze ba nyiri ‘Energy Trading’ ishinjwa gucucura abantu

20250522 065400

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwemeje ko rwataye muri yombi ba nyiri sosiyete ya Energy Trading yacuruzaga amafaranga yifashishije murandasi. Abayobozi b’iyi Sosiyete batawe muri yombi, nyuma y’uko ku wa Gatatu abari barayishoyemo amafaranga n’abayikoragamo bateye icyicaro cyayo bagakora igisa n’imyigaragambyo basaba kwishyurwa amafaranga yabo. Byari nyuma yo kumenya amakuru y’uko ba nyiri iriya sosiyete yacuruzaga […]

Minisitiri Mutamba wavuze ko azafunga Perezida Kagame mu mazi abira 

20250521 165507

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatatu bwasabye Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu kwambura ubudahangarwa Minisitiri wacyo w’Ubutabera, Constant Mutamba, kugira ngo akurikiranwe mu nkiko. Ni ubusabe bwatanzwe na Perezida w’Urukiko Rusesa Imanza, Firmin Mvonde. Minisitiri Constant Mutamba aregwa kunyereza abarirwa muri $ miliyoni 39 yagombaga kubaka gereza ya Kisangani mu […]

Rayon Sports inaniwe gukorera ‘Remontada’ i Bugesera

20250521 164534

Ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe na Bugesera FC ibitego 2-1, mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona amakipe yombi yari yasubukuye kuri uyu wa Gatatu. Umukino w’amakipe yombi yari wasubitswe ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, nyuma y’imvururu zatejwe n’abafana ba Rayon nyuma yo kutishimira ibyemezo by’umusifuzi. Kuri uyu wa Gatatu ni bwo umukino w’amakipe yombi […]

Loni igiye guha u Rwanda akabakaba Frw miliyari 1,500

072a9469 cd967 1

U Rwanda n’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa Kabiri bashyize umukono kuri gahunda y’uriya muryango igamije iterambere rirambye (UNSDCF).   Ku ruhande rw’u Rwanda amasezerano yerekeye iriya gahunda yashyizweho umukono na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, mu gihe Loni yari ihagarariwe n’umuhuzabikorwa w’amashami yayo mu Rwanda, Ozonnia Ojielo.   Muri iriya gahunda y’imyaka itanu biteganyijwe ko […]

Imbuga zirimo Twitter ya Polisi ya Tanzania zabitse Perezida Samia Suluhu 

Imbuga nkoranyambaga zitandukanye za Leta ya Tanzania ku wa Mbere tariki ya 20 Gicurasi zagabweho ibitero by’ikoranabuhanga, zitambutswaho ubutumwa burimo ububika Perezida Samia Suluhu Hassan. Ubu butumwa bwatambukijwe ku mbuga zirimo urwa X rwahoze rwitwa Twitter rukoreshwa na Polisi ya Tanzania, umuyoboro wa YouTube w’ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM) riri ku butegetsi ndetse no ku […]

Uwabaye Minisitiri w’Intebe wa RDC yakatiwe imyaka 10 yo gukora imirimo y’agahato

matata ponyo 878fc

Augustin Patata Ponyo Mapon wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakatiwe imyaka 10 yo gukora imirimo y’agahato nyuma yo guhamywa icyaha cyo kunyereza no gusesagura umutungo w’igihugu. Ni igihano yakatiwe n’Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko nshinga, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Gicurasi 2025. Matata Ponyo Mapon yabaye Minisitiri w’Intebe wa […]

Kagame yagiranye ibiganiro na Amb. Valentine Rugwabiza

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Gicurasi, yakiriye anagirana ibiganiro n’intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique, Amb. Valentine Rugwabiza. Amb. Rugwabiza unasanzwe ari umuyobozi w’Ubutumwa bwa bwo kugarura amahoro muri kiriya gihugu (MINUSCA), ubwo yakirwaga muri Village Urugwiro n’Umukuru yari kumwe n’umuyobozi w’ingabo ziri mu butumwa bwa […]

Ndayishimiye yohereje mu za bukuru ba Jenerali barimo Ndakugarika

GridArt 20250520 73708400

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru ba Jenerali babiri muri Polisi barimo Gérvais Ndirakobuca. Ku wa Mbere tariki ya 19 Gicurasi ni bwo Ndayishimiye yasohoye iteka rishyira mu kiruhuko cy’izabukuru bariya ba Jenerali. Lieutenant-Général de Police Gérvais Ndirakobuca alias Ndakugarika w’imyaka 55 y’amavuko, usibye kuba yari umwe mu bapolisi bafite amapeti akomeye […]

Perezida Samia Suluhu yahaye gasopo abanya-Kenya

457506263 1472461283469467 6674949065191537330 n

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, yahaye gasopo abanya-Kenya, abasaba kureka gukomeza kwivanga mu bibazo by’imbere mu gihugu cye no kugihungabanya. Samia yatanze iyi gasopo, nyuma y’amasaha make Tanzania yirukanye ku butaka bwayo abanya-Politiki batandatu b’abanya-Kenya. Aba barimo Martha Karua usanzwe akuriye ishyaka People’s Liberation Party (PLP) riri mu yakomeye atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya […]

Hafashwe umwanzuro ku mukino wa Bugesera FC na Rayon Sports wahagaritswe n’imvururu

20250519 151007

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), kuri uyu wa Mbere ryanzuye ko umukino wa Bugesera FC na Rayon Sports wahagaritswe n’imvururu z’abafana ugomba gukomereza aho wari ugeze. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Bugesera FC yari yakiriye Rayon Sports, mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona wabareye i Nyamata. Wahagaze ku munota wa 57 […]

Amagana y’abandi Banyarwanda bari barafashwe bugwate na FDLR batahutse

2025 05 19 16 02 45 4

U Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki ya 19 Gicurasi, rwakiriye icyiciro cya kabiri cy’abaturage barwo umutwe wa FDLR wari warafatiye bugwate muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Abanyarwanda 796 ni bo u Rwanda rwakiriye, nyuma y’abandi 360 rwakiriye mu kwezi gushize. Umwe uri mu batashye kuri uyu wa Mbere avuga ko yagiye ahohoterwa na […]

Iperereza rya gisirikare ku basirikare ba Afurika y’Epfo bishwe na M23 

Screenshot 2025 05 15 153740 768x428 1

Minisitiri w’Ingabo wungirije wa Afurika y’Epfo, Bantu Holomisa, yatangaje ko iki gihugu giteganya gushyiraho Komisiyo ishinzwe iperereza rya gisirikare mu rwego rwo gukora iperereza ku basirikare bacyo baguye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Holomisa yabitangaje mu cyumweru gishize, ubwo yari imbere y’abagize Inteko Ishinga Amategeko. Afurika y’Epfo iri mu bihugu bigize umuryango wa SADC […]

Abafana ba Rayon Sports batereje imvururu i Bugesera

20250517 165128

Umukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona wahuzaga Bugesera FC na Rayon Sports, wahagaze utarangiye nyuma y’imvururu zatejwe n’abafana ba Rayon Sports. Umukino w’amakipe yombi wahagaze ku munota wa 55 w’umukino, nyuma y’uko Bugesera FC yari imaze gutsinda igitego cya kabiri. Ni igitego Bugesera FC yatsinze, nyuma yo guhabwa Penaliti itavugwaho rumwe. Nyuma y’iyi penaliti abafana […]

U Rwanda rwakiriye abarenga 360 bari barafashwe bugwate na FDLR

20250517 105102

U Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Gicurasi, rwakiriye abantu babarirwa muri 360 umutwe wa FDLR wari warafatiye bugwate mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo aba bantu bakiriwe mu karere ka Rubavu nyuma yo kwinjira mu Rwanda baturutse i Goma. Abakiriwe biganjemo ab’igitsina gore, gusa […]

Ngo Kabila yagiriye u Rwanda inama yo kutica Tshisekedi

GridArt 20250517 100010636

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iravuga ko u Rwanda rwari rufite umugambi wo kwivugana Perezida Félix Antoine Tshisekedi, gusa ruza kugirwa inama yo kutawushyira mu bikorwa na Joseph Kabila Kabange. Byatangajwe n’Umugenzuzi Mukuru mu Rukiko rwa Gisirikare muri Congo, ubwo ku wa Gatanu yari imbere y’abagize Sena abasaba kwambura Kabila ubudahangarwa kugira ngo […]

Abahesha b’Inkiko b’Umwuga barasaba impinduka mu iteka rigena igihembo cyabo

IMG 20250517 WA0003

Abahesha b’Inkiko b’Umwuga  bo mu Rwanda, barasaba Minisiteri y’Ubutabera kugira icyo ikora igahindura iteka rigena ingano y’ibihembo bahabwa. Babisabye Minisiteri y’Ubutabera ku wa Gatanu tariki ya 16 Gicurasi, mu nama y’Inteko Rusange y’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga yabereye i Kigali. Bimwe mu byo bagaragaje nk’ibyo bifuza ko byakorwamo amavugurura, birimo umushahara bavuga ko utajyanye n’igihe, ndetse n’ikibazo […]

Urukiko rwa ICC mu marembera

GettyImages 2196265282 1320x880 1

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rukorera i La Haye mu Buholandi, rurasa n’ururi mu marembera nyuma y’ibihano rwafatiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Muri Gashyantare uyu mwaka ni bwo ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwafatiye ibihano ICC, by’umwihariko Umushinjacyaha Mukuru wayo, Karim Khan. Byari nyuma y’uko mu Ugushyingo 2024 ruriya rukiko rusohoye impapuro zo guta […]

U Rwanda rwungutse aba ‘Special Force’ b’abapolisi barenga 800 (Amafoto)

20250516 145103

Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Gicurasi, yungutse abapolisi 833 bo mu mutwe udasanzwe. Kuri uyu wa Gatanu ni bwo Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye yasoje amasomo y’ibanze y’uriya mutwe wihariye wa Polisi (Basic Police Special Forces course). Amahugurwa bahabwaga yari amaze amezi 3, akaba yaberaga mu […]

CICR yacyuye abasirikare bose ba FARDC M23 yakubitiye i Goma bagahungira muri MONUSCO

20250516 081359

Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge yatangaje ko yamaze gucyura abasirikare bose bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari barahungiye mu kigo cya MONUSCO, nyuma yo gutsindirwa mu mirwano yabasakiranyije n’umutwe wa M23 i Goma. Abasirikare badafite intwaro 1,359 n’imiryango yabo ni bo CICR yemeza ko yacyuye, ibavana i Goma ibajyana i Kinshasa. Gucyura […]

Gen. Muhoozi yandagaje Gen. Muntu

GridArt 20250515 191807534

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yibasiye Maj. Gen (Rtd) Mugisha muntu na we wigeze gukora ziriya nshingano amwita “ikigwari”. Maj. Gen Gregory Mugisha Muntuyera, yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda hagati ya 1989 na 1998. Gen. Muhoozi yamwibasiye nyuma yo gusaba se Perezida Yoweri Kaguta Museveni kugira icyo akora ku myitwarire ye. […]

Ikamyo ya 159 yikoreye ibitwaro bya SADC yanyuze mu Rwanda itaha

Screenshot 20250515

Icyiciro cya gatanu cy’ibikoresho ingabo z’umuryango wa SADC zifashishaga zirwana n’umutwe wa M23, kuri uyu wa Kane cyaciye mu Rwanda gitaha. Ku gicamunsi gishyira umugoroba wo kuri uyu wa Kane ni bwo amakamyo yari yikoreye ziriya ntwaro n’ibimodoka by’intambara yahagurutse mu karere ka Rubavu yerekeza i Chato muri Tanzania. Mu ma saa 18:00 z’umugoroba ni […]

Turambiwe amatiku Muramira Régis na Sam Karenzi birirwamo: RIB

regis 2 c5a0f

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwihanangirije abanyamakuru Muramira Régis na Sam Karenzi, rubasaba guhagarika amatiku ruvuga ko bamaze igihe birirwamo. Muramira na Karenzi bamaze igihe baterana amagambo, nyuma y’uko umwe avuye kuri Radiyo ya Fine FM bahoze bakoranaho akajya gushinga SK FM. Muramira amaze igihe yaratangije inkuru z’uruhererekane rw’amanyanga avuga ko Karenzi yagiye akora, ibituma uriya […]

Umusirikare urinda Tshisekedi yishe 3 bo muri Military Police

FWC1zhnXkAIShJc

Umusirikare wo mu mutwe w’ingabo zishinzwe kurinda Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yarashe bagenzi be batatu bo mu mutwe ushinzwe imyitwarire y’abasirikare (Military Police) arabica. Byabereye mu kigo cya gisirikare cya Babylone giherereye i Kinshasa, mu rucyerera rwo kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Gicurasi. Igisirikare cya RDC (FARDC) […]

Perezida Touadéra ku gitutu cyinshi cy’u Burusiya

russian mercenaries in CAR

Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique akomeje kotswa igitutu cyinshi na Leta y’u Burusiya, kugira ngo asinyane amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare n’umutwe w’abacanshuro wa Africa Corps wo muri kiriya gihugu. Uyu mutwe unazwi nka Russian Expeditionary Corps (REK), usanzwe ucungwa ukanagenzurwa na Guverinoma y’u Burusiya. Africa Intelligence ivuga ko igitutu Perezida Touadéra akomeje […]

RDC iravuga ko mu byo iryoza Kabila harimo ‘kwerekeza mu Rwanda’

kabila 29 cbe96

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragaje ko mu byo iryoza Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida w’iki gihugu harimo kwerekeza mu Rwanda. Mu kwezi gushize ni bwo Joseph Kabila umaze igihe aba mu buhungiro ni bwo yatangaje ko ateganya gusubira muri RDC aciye mu burasirazuba bw’iki gihugu. Nyuma y’iminsi mike havuzwe amakuru y’uko […]

Imirwano yasakiranyirije M23 na Wazalendo muri Kivu y’Amajyepfo

000 Par7109794 0

Imirwano ikomeye kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Gicurasi, yasakiranyirije umutwe wa M23 n’abarwanyi ba Wazalendo mu bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyepfo. Imirwano y’impande zombi yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, mu duce twa Tchofi na Kasheke two muri Teritwari ya Kalehe, ndetse no mu twa Kabamba na Mabingu two muri Teritwari […]

Adil Erradi muri APR FC?

adil mo 945ba

Uwahoze ari umutoza wa APR FC, Adil Erradi Mohamed ukomoka muri Maroc, yatangaje ko yiteguye kugaruka muri iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu naramuka ahawe amahirwe yo kongera kuyitoza. Ibi bije nyuma y’uko ubuyobozi bwa APR FC butangaje ko bwatandukanye na Darko Nović n’abandi batoza bakoranaga ku bwumvikane bw’impande zombi. Erradi, wasize APR FC ayihesheje ibikombe bibiri […]

RDC: Abaganga bakangishije leta ko bashobora kwimukira mu Rwanda

20250514 111301

Abaganga b’abanye-Congo bateguje leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bashobora kwimukira mu Rwanda, mu gihe yaba itabishyuye amafaranga y’ibirarane by’imishahara ibabereyemo. Aba baganga babigarutseho ku wa Gatatu tariki ya 13 Gicurasi, ubwo bari mu myigaragambyo isaba leta kubishyura. Ni imyigaragambyo yabereye i Kinshasa mu murwa mukuru. Mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, abo […]