Beni: Inyeshyamba za ADF ziravugwaho kwica abasivili basaga 20
Nibura abasivili 23 bishwe nâinyeshyamba za ADF muri Sheferi ya Bashu, muri Teritwari ya Beni (Kivu y’Amajyaruguru), mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira kuri uyu wa Mbere, itariki 23 Mutarama 2023 . Nkâuko byatangajwe n’umudepite wo muri iyi ntara, Saidi Balikwisha, abateye bagose umudugudu wa Makungwe mu rukerera rwo ku Cyumweru, aho bivugwa ko biciye […]
Kiwanja: M23 yongeye gukozanyaho na FDLR nyuma yo kugwa mu mutego wayo
Nyuma yâimirwano hagati yâinyeshyamba za M23 nâizo mu mutwe urwanya ubutegetsi bwâu Rwanda wa FDLR, kuri iki Cyumweru gishize, itariki ya 22 Mutarama, ituze ryagarutse mu gace ka Kiwanja, muri Teritwari ya Rutshuru, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru . Nkâuko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, iyi mirwano yabaye igihe ikamyo yâibiribwa yari itwawe na M23 […]
U Burusiya bwahambirije Ambasaderi wa Estonia i Moscow
U Burusiya bwagabanije urwego rwâububanyi nâamahanga na Estonia maze bubwira Ambasaderi wayo, Margus Laidre, kuva i Moscou bitarenze ku itariki ya 7 Gashyantare. Iki cyemezo kibaye nyuma yâuko Estonia isabye ko Moscou yagabanya abakozi ba ambasade yabo i Tallinn . Kuri uyu wa Mbere, Minisiteri yâububanyi nâamahanga yâu Burusiya yatangaje ko âubuyobozi bwa Estonia bwangije […]
Brazil na Argentine birateganya kuzajya bikoresha ifaranga rimwe
Ibihugu bya Brazil na Argentine bifite intego yo kwishyira hamwe mu bukungu, ku buryo binatekereza gushyiraho ifaranga rimwe nkâuko Perezida wa Brazil, Luiz Inacio Lula da Silva n’uwa Argentine, Alberto Fernandez, babitangaje mu kiganiro bahuriyemo . Inyandiko yasohotse ku rubuga rwa interineti rwa Perfil rwo muri Argentine igira iti: “Turashaka kurenga inzitizi zibangamiye ubucuruzi hagati […]
L’Allemagne prĂȘte Ă restituer plus de 900 crĂąnes au Rwanda
Les autoritĂ©s allemandes se disent prĂȘtes Ă restituer des centaines de crĂąnes humains prĂ©levĂ©s dans leurs anciennes colonies allemandes de la rĂ©gion de l’Afrique de l’Est aprĂšs avoir recherchĂ© leur origine pendant plusieurs annĂ©es . L’Afrique orientale allemande Ă©tait une colonie allemande pendant une partie des annĂ©es 1800. Il couvrait des zones qui comprenaient l’actuel […]
Gikondo: Yafashwe atwaye rukururana afite uruhushya rwa categorie ya B
Polisi yâu Rwanda irihanangiriza abashoferi batwara ibinyabiziga badafite uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga bigendanye nâurwego rwâimodoka batwaye . Ni nyuma yâuko kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 21 Mutarama, Polisi yafatiye mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro uwitwa Harerimana Jean Baptiste wari utwaye ikamyo ya rukururana adafite uruhushya rumwemerera kuyitwara ubwo yari agiye […]
California: Umugabo wâimyaka 72 wishe arashe abizihizaga umwaka mushya yiyahuye ubwo polisi yamusatiraga
Umugabo wâimyaka 72 wishe arashe abantu 10 agakomeretsa abandi 10 ahitwa Monterey Park muri California ubwo bari mu mu kabyiniro mu birori byo kwizihiza umwaka mushya ushingiye ku mboneko zâukwezi (Lunar Year) wizihizwa cyane nâAbanyaziya, mu ijoro ryo kuwa Gatandatu, kuri iki Cyumweru gishize yafashe icyemezo cyo kwiyahura ubwo abapolisi bendaga kumufata nyuma yâamasaha 12 […]
Cameroun: Umunyamakuru wari umaze iminsi ashimuswe yasanzwe yishwe
Kuri iki Cyumweru, itriki 22 Mutarama, umurambo watemaguwe wâumunyamakuru ukomeye wo muri Cameroun wabonetse hafi yâumurwa mukuru, Yaounde, nyuma yâiminsi itanu ashimuswe nâabagizi ba nabi batamenyekanye, nk’uko ihuriro ryâabanyamakuru na mugenzi we babitangaje nk’uko Ibiro Ntaramakuru byâAbongereza, Reuters, bibitangaza . Abavuganira itangazamakuru bavuze ko ibura rya Martinez Zogo n’urupfu rwe ari ikindi kimenyetso cyerekana akaga […]
California: Abantu 10 bishwe barasiwe mu birori byo kwizihiza umwaka mushya ushingiye ku mboneko zâukwezi
Polisi yavuze ko abantu icumi bapfuye nyuma yo kurasirwa mu birori byo kwizihiza umwaka mushya mu mujyi wo muri California witwa Monterey Park . Polisi ivuga ko abandi bantu 10 bakomeretse kandi ukekwaho icyaha atarafatwa. Iraswa ryabaye ahagana saa 22:20 ku isaha yo muri uyu mujyi (06:20 GMT ku Cyumweru) nkâuko iyi nkuru dukesha BBC […]
Somalia: Hafi yâibiro bya Meya humvikanye iturika rihambaye ryakurikiwe nâamasasu
Kuri iki Cyumweru, iturika rihambaye ryumvikanye hafi yâibiro bya Meya mu murwa mukuru wa Somaliya Mogadishu, nkâuko umutangabuhamya wongeyeho ko icyo gisasu cyakurikiwe nâamasasu yabitangaje . Farah Abdullahi, umukozi mu biro by’umuyobozi w’akarere yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters ati: “Ubwo twari mu biro twamenwe amatwi nâiturika, turahunga, amasasu arakurikira.” Ntabwo byahise bisobanuka uwari inyuma y’icyo […]
U Buhinde bwitambitse filimi mbarankuru ya BBC yibasira Minisitiri wâIntebe Modi
U Buhinde bwahagaritse filime documentaire ya BBC yibajije ku ruhare rw’ubuyobozi bwa Minisitiri wâintebe Narendra Modi mu gihe cyâimyivumbagatanyo yo muri Gujarat mu 2002, buvuga ko no gusangiza amashusho ayo ari yo yose binyujijwe ku mbuga nkoranyambaga byabujijwe . Kuri uyu wa Gatandatu, Kanchan Gupta, umujyanama wa guverinoma, ku rubuga rwe rwa Twitter, yatangaje ko […]
Uvira: Twirwaneho iravugwaho kwivugana ofisiye wa FARDC mu mirwano yabahuje
Nyuma yâimirwano yahitanye abarimo ofisiye yabaye hagati yâabasirikare bo muri regiment ya 3301 yâingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) nâabarwanyi ba Twirwaneho, kuva ku cyumweru gishize ku ya 15 Mutarama, ituze ryagarutse kuva ku itariki ya 20 Mutarama, mu turere twâimirwano i Mugeti, mu misozi ya Uvira, intara ya Kivu y’Amajyepfo . Iyi […]
RRA yijeje abanyenganda kuborohereza umutwaro wâimisoro iremereye
Ikigo gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro mu Rwanda (RRA) cyiyemeje koroshya imisoro iri hejuru muri iki gihe, intambwe izagirira akamaro ubucuruzi ndetse n’igihugu muri rusange . Ibi byatangajwe ku wa Gatanu ushize, itariki 20 Mutarama, mu nama ngishwanama nâabanyenganda i Kigali. Impungenge zâimisoro ikabije zagaragaye vuba aha, zatumye uru rwego rushinzwe imisoro nâamahoro rusabwa kugira icyo […]
Burkina Faso: Ingabo zidasanzwe zâu Bufaransa ziri muri iki gihugu zahawe ukwezi kumwe ko kuhava
Guverinoma ya gisirikare ya Burkina Faso yategetse ingabo zâAbafaransa ziri muri iki gihugu cya Afurika yâiburengerazuba kuhava bitarenze ukwezi kumwe . Iki cyemezo cyatangajwe na Agence d’Information du Burkina (AIB) kuri uyu wa Gatandatu, nicyo kimenyetso giheruka cyerekana ko umubano wifashe nabi hagati yâu Bufaransa nâigihugu bwahoze bukolonije kuva haba ihirika ryâubutegetsi rya kabiri rya […]
Umupasiteri wo muri Ghana yakatiwe imyaka 519 yâigifungo
Umupasiteri wo muri Ghana yakatiwe igifungo cyâimyaka 519 azira gutekera umutwe abantu barenga 100 bashoye ibihumbi magana byâamadolari muri sosiyete ye . Nkâuko GhanaWeb ibitangaza, Urukiko Rwisumbuye rwa Accra rwakatiye Pasiteri Edward Buabeng igihano nyuma yo guhamwa n’ibyaha 173 byo gucura umugambi wo gukora icyaha n’uburiganya. Pasiteri, bivugwa ko ari umuyobozi mukuru wa Career Link […]
L’Ă©conomie du Rwanda devrait croĂźtre de 7,8 % en 2023 – BAD
L’Ă©conomie rwandaise devrait croĂźtre de 7,8 % en 2023 et de 8,1 % en 2024, selon la Banque africaine de dĂ©veloppement (BAD) . Le ministĂšre des Finances a laissĂ© entendre que l’Ă©conomie a augmentĂ© de 6,8 % en 2022. Dans un rapport sur les performances et les perspectives macroĂ©conomiques de l’Afrique publiĂ© le 19 janvier, […]
RDC: Inzego zâumutekano zaburijemo igitero cyâubwiyahuzi cyari kwibasira umuyobozi wa Beni
Igitero cyari kigamije kwibasira umuyobozi wa Teritwari ya Beni cyaburijwemo nâinzego zishinzwe umutekano za Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa Mbere ushize, itariki 16 Mutarama mu Mujyi wa Kasindi-Luburiha, Umurenge wa Ruwenzori, mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru, nkâuko amakuru ava mu gisirikare agera ku Biro Ntaramakuru bya Congo (ACP) avuga . “Ndashimira inzego z’umutekano […]
Al Shabaab yongeye kwivugana abasirikare ba Somalia mu gitero ku kigo cyabo
Kuri uyu wa Gatanu, abarwanyi ba al Shabaab bishe abasirikare batanu mu kigo cya gisirikare cya Somalia mu mujyi uherutse kongera gufatwa na guverinoma, nkâuko abasirikare nâabaturage babyemeza . Igitero cyaje guhagarikwa, nk’uko umusirikare uri mu birindiro biri mu mujyi wa Galcad rwagati muri Somalia yabitangarije Reuters. Yavuze ko abapfuye barimo umuyobozi wungirije w’ikigo, wari […]
Umuraperi Flo Rida yatsindiye miliyoni zisaga 80 zâAmadolari mu rubanza yarezemo sosiyete yamamazaga
Umuraperi Flo Rida yahawe miliyoni 82,6 z’amadolari nyuma yo gutsinda mu rubanza yarezemo sosiyete ikora ibinyobwa bitanga ingufu yitwa Celsius . Flo Rida, amazina ye nyakuri ni Tramar Dillard, hamwe na sosiyete ye yitwa Strong Arm Productions, bareze Celsius Holdings Inc. muri Gicurasi 2021, bavuga ko iyi sosiyete yarenze ku masezerano bagiranye hagati ya 2014 […]
Icyifuzo cyose cyo kurimbura u Burusiya gisobanuye imperuka y’Isi â Umukuru wâAba-Orthodoxe
âBamwe mu âbasaziâ bemeza ko u Burusiya bushobora gutsindwa, ariko ibi bishobora gutuma Isi irangira,â ibi byatangajwe kuri uyu wa Kane, itariki 19 Mutarama 2023, nâumukuru wâidini ryâAba-Orthodoxe mu Burusiya, Vladimir Mikhailovich Gundyayev uzwi nka Kirill wemeza ko kugerageza gusenya u Burusiya bizateza akaga Isi yose. Nyuma yâigikorwa cya misa cyo kwizihizaga umunsi mukuru wâAbakirisitu […]
U Rwanda na Tanzania biri kureba uko byakomeza gushimangira no kunoza ubufatanye mu bya gisirikare

Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Maj Gen Charles Karamba, aravuga ko ibihugu byombi biri kureba uko byakomeza gushimangira no kunoza ubufatanye mu bijyanye nâubwirinzi . Mu ntangiriro z’iki cyumweru, Ambasaderi Karamba yabonanye na Minisitiri wâingabo wâigihugu cya Tanzania, Innocent Bashungwa i Dar es Salaam, maze baganira ku mubano wâibihugu byombi nâisano yâamateka hagati yâibihugu byombi, […]
Igisirikare cya Kenya kishe abarwanyi 10 ba Al Shabaab mu burasirazuba bwâigihugu
Kuri uyu wa Kane, umuyobozi wa leta yavuze ko abashinzwe umutekano muri Kenya bishe abarwanyi 10 bo mu mutwe wa kisilamu wo muri Somalia wa al Shabaab mu burasirazuba bwa Kenya . Komiseri wungirije wâakarere Bura yâIburasirazuba, Thomas Bett, yavuze ko bavumbuye kandi ibisasu bya grenade biterwa nâimbunda zirasa roketi ndetse nâibikoresho biturika nyuma yo […]
Ibihugu bifite ikibazo cyâabaturage bagenda barushaho kugabanuka
Imibare yatangajwe ku wa Kabiri ushize ivuga ko ku nshuro ya mbere mu myaka 60 ishize abaturage bâu Bushinwa bagabanutse cyane, ariko ntabwo ari ho honyine . Ibihugu byinshi, cyane cyane mu Burayi no muri Aziya, bizabona umubare wâabaturage wabyo ugabanuka mu myaka icumi iri imbere, niba ibiteganijwe mu 2100 byatangajwe na Loni muri Nyakanga […]
Perezida Zelensky yabwiye abari mu nama ya World Economic Forum ko bazisubiza Crimea
Ukraine izongera yisubize Crimea, nkâuko Perezida Volodymyr Zelensky yabirahiriye, ashimangira ko kiriya gice cyigaruriwe nâu Burusiya mu 2014 ari ubutaka bwa Ukraine nkâuko iy nkuru dukesha Daily Mail ivuga . Ibi Perezida Zelensky yabitangarije abitabiriye inama ya World Economic Forum i Davos mu Busuwisi , aho yanaboneyeho kunenga u Budage ku bijyanye no gutanga ibifaru […]
Armenia: Inkongi yâumuriro yibasiye ikigo cya gisirikare yahitanye abasirikare 15
Kuri uyu wa Kane, Minisiteri yâingabo ya Armenia yatangaje ko inkongi yâumuriro mu kigo cya gisirikare mu mujyi wa Azat yahitanye abasirikare 15 abandi batatu barakomereka bikabije . Mu itangazo rigufi, Minisiteri yâIngabo yemeye aya makuba: “Dukurikije amakuru yâibanze, abasirikare 15 bapfuye bazize inkongi y’umuriro yadutse mu kigo cya kompanyi yâaba injeniyeri na ba mudahusha […]
RDC: Havumbuwe imva rusange ishyinguyemo abasivili basaga 40
Kuri uyu wa Gatatu, Umuvugizi wâUmuryango wâAbibumbye yavuze ko Ingabo zâUmuryango wâAbibumbye zavumbuye imva rusange mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo irimo imirambo yâabasivili 42 . Nkâuko byatangajwe na Farhan Haq, Umuvugizi Wungirije wâUmunyamabanga Mukuru wâUmuryango wâAbibumbye, Antonio Guterres, ngo abahohotewe barimo abagore 12 nâabana batandatu, bavumbuwe mu mudugudu wa Nyamamba mu ntara […]
California: Umukinnyi wa filimi uzwi cyane, Julian Sands, yaburiwe irengero
Umukinnyi wa filimi wâUmwongereza, Julian Sands, uzwiho kugenda ingendo ndende mu buryo bwo kwishimisha yaburiwe irengero mu misozi ya San Gabriel muri California mu cyumweru gishize . Uyu mugabo w’imyaka 65 yaburiwe irengero mu gace ka Baldy Bowl ku wa Gatanu,, mu gihe ikirere cyari kibi mu majyepfo ya California nkâuko iyi nkuru dukesha BBC […]
Umunyamakuru wâUmufaransakazi mu rubanza yarezwemo nâushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Kuri uyu wa Kane, itariki ya 19 Mutarama, umunyamakuru wâUmufaransakazi, Maria Malagardis, yiteguye kwitaba urukiko kubera ikirego cyatanzwe na Aloys Ntiwiragabo wâimyaka 74, umwe mu bakekwaho kuba barateguye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, ikintu bivugwa ko kibangamiye abaharanira uburenganzira . Nkâuko byatangajwe na Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda(CPCR) ikorera mu Bufaransa, […]
Goma: Abanyamakuru 3 barimo abakorera VOA na AFP bakomerekejwe na Polisi
Umuryango JED (Journaliste En Danger ) uratangazaa ko abanyamakuru batatu bo mu Mujyi wa Goma, muri Kivu yâAmajyaruguru, bahohotewe nâabapolisi ubwo bakurikiranaga imyigaragambyo yo kuri uyu wa Gatatu, itariki 18 Mutarama 2023 . Ibi byatangajwe mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatatu nyuma yo gutatanya abigaragambyaga bamagana ingabo za EAC zoherejwe muri […]
La Cour ajourne l’affaire d’appel pour viol d’un ressortissant chinois jusqu’en mars
La Haute Cour de Nyarugenge a ajournĂ© mercredi 18 janvier l’audience d’appel de Wang Yang Jian au 15 mars de cette annĂ©e, aprĂšs que son avocat eut dĂ©clarĂ© qu’il ne pouvait pas venir pour cause de maladie. Jian a Ă©tĂ© acquittĂ© en 2019 des accusations de viol aprĂšs qu’un juge du tribunal de premiĂšre instance […]
Visi Perezida Badara Alieu Joof wa Gambia yapfiriye mu Buhinde
Perezida Adama Barrow yatangaje ko Visi-Perezida wa Gambia, Badara Alieu Joof, yapfiriye mu Buhinde ku myaka 64 yâamavuko . Visi-perezida yapfuye nyuma yâuburwayi yari amaranye igihe gito, nubwo Perezida Barrow atavuze niba yari arimo kwivuriza mu Buhinde. Joof yari amaze amezi atagaragara mu ruhame, nk’uko byatangajwe na Omar Wally wa BBC ukorera mu murwa mukuru, […]
RDC: Icyicaro cyâishyaka rya Katumbi byagabweho igitero nâabayoboke bâishyaka riri ku butegetsi
Icyicaro gikuru cyâishyaka rya politiki rya ” Ensemble pour la RĂ©publique ” rya MoĂŻse Katumbi i Kasumbalesa, umujyi uri ku birometero 90 uvuye i Lubumbashi muri Haut-Katanga, cyasahuwe nâabarwanashyaka bâishyka riri ku butegetsi UDPS kuri uyu wa Kabiri, itariki 17 Mutarama 2023 . MoĂŻse Kawaya, Perezida wâishyaka rya MoĂŻse Katumbi i Kasumbalesa arashinja abayoboke bâishyaka […]
U Bushinwa burashinja Leta Zunze Ubumwe za Amerika gusahura umutungo wa Syria
U Bushinwa buratangaza ko âingabo zâAbanyamerikaâ ziri muri Syria âzirimo gusahuraâ umutungo wâiki gihugu . U Bushinwa bwashinje Amerika âubujuraâ muri Syria, buvuga ko ibikorwa bimaze imyaka myinshi bya gisirikare bya Washington ndetse no âgusahuraâ umutungo wa Syria byashyize iki gihugu mu kaga. Ku wa Kabiri, umuvugizi wa Minisiteri yâububanyi nâamahanga yâu Bushinwa, Wang Wenbin, […]
Umuntu wari ukuze kurusha abandi ku Isi yapfiriye mu bitotsi
Umuntu wari ushaje cyane kurusha abandi ku Isi, umubikira wâUmufaransa, Lucile Randon, yapfuye afite imyaka 118 . Randon, wafashe izina rya Sister AndrĂ© igihe yafataga icyemezo cyo kwiyegurira Imana mu 1944, yapfiriye mu bitotsi mu kigo cyita ku bageze mu za bukuru i Toulon, mu Bufaransa. Yavutse mu 1904 mu majyepfo yâu Bufaransa, yabayeho mu […]
Iyo mugira ubushobozi bwo kugikemura ubwanyu muba mwarabikoze kera – Akamanzi abwira Tshisekedi

Umuyobozi wâIkigo cyâigihugu cyâIterambere (RDB), Clare Akamanzi, uri I Davos aho yitabiriye inama yâIhuriro ryâUbukungu ku Isi (WEF) yabajije Perezida Felix Tshisekedi impamvu atemera kubahiriza ibyemejwe mu nama za Luanda na Nairobi kandi gukemura ibibazo ku giti cye byaramunaniye . Ni mu kiganiro cyari cyateguwe nâikinyamakuru Time mu rwego rwâinama ya World Economic Forum aho […]
M23 yahakanye amakuru avuga ko hari ibice byo muri Rutshuru yavuyemo
Umutwe wa M23 wahakanye amakuru yavugaga ko hari ibice bimwe na bimwe bya Rutshuru wavuyemo guhera ku Cyumweru no kuri uyu wa Mbere ushize, nyuma yâaho Radio Okapi yari yatangaje ko uyu mutwe wavuye mu bice bya Kiwanja, Nyamilima, Buramba na Kisharo muri Rutshuru . Mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV na Bwiza.com kuri uyu […]
Le gouvernement renoncera Ă 27 milliards de francs rwandais d’impĂŽt suite aux rĂ©formes
Le gouvernement renoncera Ă 27 milliards de francs rwandais cette annĂ©e alors que le gouvernement assouplit les taux d’imposition actuels dans le cadre des rĂ©formes en cours, a indiquĂ© l’AutoritĂ© fiscale du Rwanda (RRA) . Les taux d’imposition Ă©levĂ©s dans le pays ont rĂ©cemment suscitĂ© l’indignation du public, une prĂ©occupation qui, selon le prĂ©sident Paul […]
Umuyobozi wa CIA yaburiye Perezida Zelensky ko ashobora kwicwa
Umuyobozi wa CIA yaburiye Perezida Volodymyr Zelensky ko yashoboraga kwicirwa mu nama yâibanga yabaye mbere gato yâigitero cyâu Burusiya . Mu gitabo cye yise âThe Fight Of His Life: Inside Joe Biden’s White Houseâ, Umwanditsi Chris Whipple avuga ko mu gihe Perezida wa Ukraine atafataga nkâibintu bikomeye umuburo wa Amerika ko igitero cyâu Burusiya cyegereje, […]
Igisirikare cyâu Rwanda nâicya Amerika bigiye guhurira mu myitozo izitabirwa nâibihugu 20
Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Afurika kigiye gukorana imyitozo nâamahugurwa nâabafatanyabikorwa bayo bo muri Afurika barimo u Rwanda . Ingabo zâu Rwanda, Botswana, Uganda, Kenya, Djibouti na Somalia zizitabira imyitozo yiswe “Justified Accord” guhera mu mpera z’uku kwezi. Nkâuko byatangajwe na Task Force yâIgisirikare cya Amerika gishinzwe Amajyepfo yâu Buryi na Afurika, […]
USA: Byibuze abantu umunani barasiwe mu birori byo kwibuka Martin Luther King
Byibuze abantu umunani bakomerekeye mu iraswa ryabereye mu birori byabereye muri Leta ya Florida yo muri Amerika mu rwego rwo kwibuka impirimbanyi yâuburenganzira bwa muntu, Dr. Martin Luther King, Jr. mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere ushize . Iraswa ryabereye muri Ilous Ellis Park muri Fort Pierce nkâuko ibitangazamakuru byo muri Leta Zunze Ubumwe […]
Kicukiro: Umuyobozi wâishyirahamwe ryâibigo byâimari iciriritse mu rukiko
Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 17 Mutarama, urukiko rwibanze rwa Kicukiro rurafungura ibanzirizarubanza mu rubanza rwâuburiganya buregwa Aimable Nkuranga, wahoze ayobora Ishyirahamwe ryâibigo by’imari iciriritse mu Rwanda (AMIR) na mugenzi we Eugene Bagire . Umuvugizi wâUbushinjacyaha, Faustin Nkusi, yemeje ko aba bombi bakurikiranweho ibyaha bitatu byo gukora mu buryo butemewe ubucuruzi bwâamafaranga, uburiganya nâiyezandonke. […]
Igisirikare cya Somalia kiravuga ko cyambuye Al-Shabaab ibirindiro bikomeye yari ifite ku Nyanja yâu Buhinde
Kuri uyu wa Mbere, minisitiri wâingabo wa Somalia yavuze ko ingabo za leta zafashe ibirindiro bikomeye bya al Shabaab ku nkombe yâinyanja yâu Buhinde, muri imwe mu ntsinzi zikomeye kuva batangiza ibitero bikaze kuri uyu mutwe wa kisilamu umwaka ushize . Minisitiri wâingabo, Abdulkadir Mohamed Nur, yatangaje ko izo ngabo zafashe umujyi wa Harardhere uri […]
Uganda: Pasiteri Twahirwa ushinjwa gufata ku ngufu umuzungukazi yataye muri yombi
Igipolisi cya Uganda cyataye muri yombi umupasiteri nâabapolisi bacyo batatu nyuma yâaho uyu mupasiteri ashinjwe gufata ku ngufu umugore wâumunyamahanga bakanamwambura amafaranga . Mu mpera z’icyumweru gishize, Nation Media Group yatangaje ibijyanye nâukuntu uyu mugore witwa Anda yafashwe ku ngufu na Joseph Collins Twahirwa nyuma gato yo kugera muri Uganda ku itariki ya 11 Ukuboza […]
Minisitiri wâingabo wâu Budage yeguye ku mirimo ye
Minisitiri wâingabo wâu Budage, Christine Lambrecht, yeguye ku mirimo ye nyuma yâibibazo byinshi birimo kudateza imbere Igisirikare cy’u Budage . Bije mu gihe Berlin ikomeje kotswa igitutu kugirango yemere guha Ukraine ibifaru byâintambara byakorewe mu Budage. Minisitiri Lambrecht yahawe urwâamenyo ubwo yatangazaga ko u Budage bugiye gufashisha Ukraine ingofero 5000 za gisirikare. Yamaganwe kandi cyane […]
Tom Transfers ishinjwa guhuguza abakiriya miliyari 2 frw yafunze imiryango mu gihe iperereza rikomeje
Ikigo cya Tom Transfers, kigurisha kikanakodesha imodoka mu Rwanda no mu bindi bihugu, gikurikiranyweho icyaha cyo guhuguza abakiriya miliyari 2 z’amafaranga y’u Rwanda y’imodoka, cyafunze imiryango mu gihe iperereza rigikomeje ku byaha bivugwa . Abantu benshi babwiye ikinyamakuru The New Times ko bahaye isosiyete amafaranga yo kubatumiriza imodoka, ariko kuva muri Gicurasi umwaka ushize ntibabonye […]
Tom Transfers interrompt ses opérations suite à des allégations de fraude
Tom Transfers Company, un concessionnaire d’appartements et de location de voitures au Rwanda et dans d’autres pays, qui est poursuivi pour avoir prĂ©tendument fraudĂ© des clients de 2 milliards de francs rwandais de voitures, a fermĂ© ses portes au milieu d’enquĂȘtes en cours sur des crimes prĂ©sumĂ©s, a appris le New Times . Plusieurs personnes […]
U Burusiya na Belarus byatangiye imyitozo ya gisirikare ihuriweho ihangayikishije Ukraine
Kuri uyu wa Mbere, u Burusiya na Belarus byatangiye imyitozo ya gisirikare ihuriweho, bitera ubwoba Kyiv nâu Burengerazuba ko Moscou ishobora gukoresha umufasha wayo kugira ngo igabe igitero gishya muri Ukraine . U Burusiya nâubundi bwakoresheje umuturanyi wabwo, Belarus nk’ikiraro mu gutera Ukraine muri Gashyantare umwaka ushize nkâuko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga. Minisiteri yâingabo […]
Mu gihe hatangira inama ya World Economic Forum, Oxfam yagaragaje uko ubukungu bwâIsi bwihariwe nâabantu mbarwa
Umuryango mpuzamahanga uharanira kurwanya ubukene ku Isi, Oxfam, muri raporo yawo nshya ihuriranye nâInama ngarukamwaka ya World Economic Forum ibera i Davos mu Busiwisi guhera kuri uyu wa Mbere, itariki 16 izasoza kuwa 20 Mutarama 2023, wavuze ko 1% ryâabakire ba mbere ku Isi bihariye 2/3 bya tiliyari 42$ yâubukungu bushya bwaremwe mu 2020 . […]
Zambia: Polisi yataye muri yombi Abarundi 29 bendaga kwinjizwa muri Zimbabwe magendu
Polisi nâishami rishinzwe abinjira nâabasohoka muri Zambia bagabye igitero ku nzu iherereye ahitwa Chirundu aho basanze abantu 29 bakekwaho kuba abimukira binjiye binyuranyije nâamategeko bakomoka mu Burundi . Mu itangazo ryahurijwe hamwe ryasomwe nâumuvugizi wungirije wa polisi, Danny Mwale, hamwe nâumuvugizi wâurwego rushinzwe abinjira nâabasohoka, Josephine Malambo, ngo iperereza ryâibanze ryerekanye ko abimukira bari hafi […]
Afghanistan: Umwe mu bagore bake bâabayobozi bagumye mu gihugu wari umudepite yishwe
Polisi yo muri Afghanistan yatangaje ko uwahoze ari umudepite muri iki gihugu nâumurinzi we barasiwe iwe mu murwa mukuru Kabul . Mursal Nabizada w’imyaka 32, yari umwe mu badepite bake b’abagore bagumye i Kabul nyuma yâuko abatalibani bafashe ubutegetsi muri Kanama 2021. Kuri iki Cyumweru, musaza we nâumurinzi we wa kabiri bakomerekeye muri icyo gitero […]
Nigeria: Umupadiri yishwe atwitswe ari muzima mugenzi we araraswa
Umupadiri umwe yatwitse ari muzima undi araraswa arakomereka agerageza gutoroka inyubako. Impamvu yateye icyo gitero ntiramenyekana, ariko cyateye impungenge ku mutekano mu gihe habura ukwezi ngo amatora ateganijwe muri Nigeria abe . Abagizi ba nabi batamenyekanye batwitse inzu yâumupadiri wâUmugatolika muri Nigeria mu majyaruguru yâiburengerazuba bwâigihugu, batwika umupadiri umwe arapfa, barasa ndetse banakomeretsa undi wagerageje […]
Beni: Igisasu cyaturikiye mu rusengero rwa Ăglises PentecĂŽtistes du Congo
Igitero cyâiterabwoba kuri iki cyumweru, itariki 15 Mutarama 2023 cyabereye mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aho igiturika cyaturikiye muri paruwasi ya Ăglises PentecĂŽtistes du Congo (CEPAC) kigahitana abantu benshi, mu mujyi wa Kasindi muri Teritwari ya Beni, muri Kivu yâAmajyaruguru. Aho hantu, abatangabuhamya bavuganye na POLITICO.CD bavuga ko umubare w’abapfuye utaramenyekana. Icyakora, […]
Ituri: Lt. Col. Jules Ngongo yashinje Depite Tchombe kuba ari we washinze CODECO

Umuvugizi wâIgisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu Ntara ya Ituri, Lt.Col. Jules Ngongo, arashinja Perezida w’inteko ishinga amategeko yâintara, SimĂ©on Tchombe, kuba ari we watangije kandi akaba umuterankunga mukuru wâumutwe wa CODECO, ukomeje gukora ubwicanyi bukabije muri kiriya gice k’igihugu . Ni ibintu byatunguye benshi kuko batari babyiteze. Gusa, Umuvugizi w’ingabo za Repubulika […]
Kirehe: Isoko ryambukiranya imipaka rimaze imyaka 5 ryuzuye ridakoreshwa
Isoko ryambukiranya imipaka rimaze imyaka 5 ryuzuye hagati ya Tanzania n’u Rwanda ntabwo riratangira gukorerwamo n’ubu, aho abaturiye umupaka wa Rusumo mu Karere ka Kirehe n’abahagenda basanga rikwiye gukoreshwa kugira ngo rigirire akamaro abaturage n’igihugu muri rusange kuko kudakoreshwa biteza ibihombo . Nubwo abaturage bambuka umunsi ku wundi bajya guhahira muri Tanzania, neza neza ku […]
France: Urukiko rwategetse umujyi gukura mu nzira ishusho ya Bikira Mariya

Urukiko rwo mu Bufaransa rwategetse umujyi muto gukuraho ishusho ya Bikira Mariya, ruvuga ko iyo shusho inyuranyije nâitegeko ryo gutandukanya amatorero na leta . Iyi shusho iherereye mu masangano yâi La Flotte, komini ituwe n’abaturage 2.800 ku kirwa kizwi cyane cy’ibiruhuko, Ile-de-Re, ku nkombe zâInyanja ya Atlantika z’u Bufaransa. Ni shusho yubatswe nâumuryango waho nyuma […]
Abapolisi bâu Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bahuguye abo muri Sudani yâEpfo

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 14 Mutarama, abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro mu gihugu cya Sudani yâEpfo (UNMISS) batanze amahugurwa ajyanye no gucunga umutekano nâubutabazi bwâibanze ku bapolisi bo muri iki gihugu . Ni amahugurwa yâiminsi ibiri yatanzwe nâitsinda (RWAFPU 1-7) rikorera mu Ntara ya Upper-Nile mu Mujyi […]
Zimbabwe: Polisi yafashe 25 batavuga rumwe nâubutegetsi barimo abadepite
Kuri uyu wa Gatandatu, Igipolisi cya Zimbabwe cyarashe ibyuka biryana mu maso mu iteraniro ryâishyaka ritavuga rumwe nâubutegetsi ryabereye i Harare maze gita muri yombi abayoboke baryo 25, barimo babiri mu bagize inteko ishinga amategeko, nkâuko byatangajwe nâiri shyaka, Citizens Coalition for Change (CCC) . Aba batawe muri yombi nyuma yâurugomo rwâihohoterwa bivugwa ko bishingiye […]
Nepal: Impanuka yâindege yari irimo abantu 72 ntiharamenyekana niba hari abayirokotse
Indege irimo abantu 72 yakoreye impanuka mu gihugu cya Nepal kuri iki Cyumweru, aho ibtangazamakuru byo muri iki gihugu bivuga ko iyi ndege yaguye hagati y’ikibuga cy’indege cya kera nâigishya cya Pokhara mu gihugu rwagati . Umuvugizi wa Yeti Airlines, Sudarshan Bartaula, yatangarije ibiro ntaramakuru AFP ati: “Muri iyo ndege harimo abagenzi 68 hamwe nâabakozi […]
Les pĂ©nalitĂ©s pour retard de paiement des impĂŽts pourraient ĂȘtre rĂ©duites de 50%
Le Gouvernement du Rwanda a proposĂ©, dans un nouveau projet de loi, de rĂ©duire de moitiĂ© les amendes imposĂ©es Ă un contribuable qui dĂ©clare l’impĂŽt dĂ» Ă temps, mais ne le paie pas dans le dĂ©lai prescrit . Il s’agit de l’un des changements proposĂ©s dans le projet de loi modifiant la loi existante de […]
Mu myaka ine iri imbere ibihugu byo mu karere bizaba bifite ifaranga rimwe â EAC

Umunyamabanga Mukuru wâUmuryango wa Afurika yâIburasirazuba (EAC) yatangaje ko mu myaka ine iri imbere uyu muryango uzaba ufite ifaranga rimwe . Ibi Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Peter Mathuki, yabitangaje kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 11 Mutarama 2023 mu mwiherero wâabakozi bâuyu muryango wabereye Machakos mu gihugu cya Kenya. Ati: âIfaranga rimwe rizoroshya ubucuruzi no […]