RDC yabujije abaturage kunenga Perezida mu gihe cy’intambara
Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yabujije abaturage kunenga Umukuru wâIgihugu mu gihe intambara ikomeje hagati yâingabo za Leta nâumutwe witwaje intwaro wa M23. Mu kiganiro nâabanyamakuru cyabaye kuri uyu wa 7 Nyakanga 2022, Umuvugizi wa guverinoma akaba na Minisitiri wâItumanaho, Patrick Muyaya ni we wabibabujije. Muyaya yagize ati: “Twebwe turi mu butegetsi […]
Adolphe Muzito arasaba RDC kwitegura intambara n’u Rwanda, ngo ibiganiro birabarangaza
Umunyapolitiki Adolphe Muzito wabaye Minisitiri wâIntebe wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) arasaba abayobozi bâigihugu cye gutegura intambara hagati yâingabo nâizâu Rwanda, agaragaza ko adashyigikiye inzira yâibiganiro. Ni nyuma yâaho Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, FĂ©lix Tshisekedi wa RDC bahujwe na Perezida wa Angola, JoĂŁo Lourenço, bemeranyije guhoshya umwuka mubi ukomeje gututumba hagati yâibi […]
Ibikubiye mu masezerano yâi Kigali M23 yagiranye na RDC mu 2019
Muri Nyakanga 2019, François Beya wari umujyanama wihariye wa Perezida FĂ©lix Tshisekedi mu byâumutekano, yashyizeho itsinda ryari rishinzwe kujya mu biganiro nâu Rwanda byerekeye ku bahoze ari abarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa M23 baruhungiyemo. Ikinyamakuru Jeune Afrique cyabonye inyandiko zibyemeza, gisobanura ko iri tsinda ryari riyobowe na General Delphin Kahimbi wari ukuriye ubutasi (yapfuye muri […]
U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 100 babaga muri RDC
Leta yâu Rwanda kuri uyu wa 6 Nyakanga 2022 yakiriye Abanyarwanda 103 bari bamaze imyaka myinshi ari impunzi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Aba Banyarwanda bakubiye mu miryago 36 barimo abagabo 15, abagore 23 nâabana 65. Bose bakiriwe mu kigo cyâagateganyo cya Kijote giherereye mu karere ka Nyabihu, aho baraba bigishwa uburere mboneragihugu […]
Gen. Cirimwami uherutse kwamburwa imodoka na M23 yimuriwe muri Ituri

Gen. Maj. Peter Cirimwami uherutse kwamburwa imodoka nâabarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa M23 mu mirwano ikomeje kubera muri teritwari ya Rutshuru, yahinduriwe akazi. Hashingiwe ku mabwiriza yâUmugaba wâIkirenga akaba nâUmukuru wâIgihugu, Perezida FĂ©lix Tshisekedi, Gen. CĂ©lestin Mbala uyobora ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), yasimbuje Cirimwami Lt Gen. Bitangalo Bulime ku mwanya wa […]
Swiegelaar washinze itorero rya Satani yitandukanyije na ryo, agarukira Yesu
Umunyafurika yâEpfo Riaan Swiegelaar uri mu bashinze itorero rya Satani, SASC (South African Satanic Church), yafashe icyemezo cyo kwitandukanya na ryo, agarukira Yesu. Tariki ya 29 Gicurasi 2020, Swiegelaar yagiranye ikiganiro nâumunyamakuru Lester Kiewit, amusobanurira ko SASC ari itorero nkâandi yose, ryanditswe kandi ryemerewe gukorera muri Afurika yâEpfo. Muri kiganiro, uyu mugabo wigeze kuba Pasiteri, […]
Boris Johnson agiye kwegura bitewe n’igitutu cyinshi
Minisitiri wâIntebe wâu Bwongereza, Boris Johnson, ukomeje gushyirwaho igitutu nâabayobozi bakomeye bo mu ishyaka riri ku butegetsi, Conservative, ari mu nzira yo kwegura. Ibinyamakuru byo mu Bwongereza birimo Sky News na The Telegraph bisobanura ko Boris agiye kwegura nyuma yâaho abagize guverinoma barenga 40 bo muri iri shyaka bamaze kwegura mu rwego rwo kwamagana uburyo […]
Dr Murigande yasubije Sekimonyo uvuga ko Tshisekedi afite ubutegetsi bwa Perezida Kagame mu biganza
Dr Charles Murigande wamaze igihe kinini muri guverinoma yasubije Umunyekongo Dr Jo Sekimonyo watangaje ko ahazaza hâu Rwanda nâubutegetsi bwarwo hari mu maboko ya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi. Dr Sekimonyo mu nyandiko yâigitekerezo cye, yasobanuye ko ubukungu bwâu Rwanda bushingiye ahanini kuri RDC, bityo ko igihugu cyabo gihagaritse imikoranire […]
U Bushinwa bwahakanye ibyo guha intwaro inyeshyamba zo muri RDC
Ambasade yâu Bushinwa muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yahakaniye ikigo gishinjwa guha intwaro imitwe yâinyeshyamba ikorera mu burasirazuba bwâiki gihugu cyo ku mugabane wa Afurika. Mu itangazo ryo kuri uyu wa 6 Nyakanga 2022, iyi Ambasade yasobanuye ko yabonye amakuru akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko ikigo cyâAbashinwa cyitwa Xinxing Group giha intwaro […]
Prof. Luaba wayoboye ICGLR ntiyizeye ko RDF itazajyana nâizindi ngabo za EAC muri RDC
Umwarimu wigisha muri kaminuza ya Kinshasa wanabaye Umunyamabanga Mukuru wâumuryango wâakarere kâibiyaga bigari (ICGLR), Prof. Alphonse Ntumba Luaba, ntiyizeye ko ingabo zâu Rwanda (RDF) zitazajyana nâizindi zâibihugu bigize akarere ka Afurika yâiburasirazuba (EAC) muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Prof. Luaba mu nyandiko yâigitekerezo cye yatambutse mu binyamakuru bitandukanye byo muri RDC, yagaragaje ko […]
UPDF yitandukanyije nâubutumwa bwa Gen. Kainerugaba bushyigikira abarwanyi ba TPLF
Igisirikare cya Uganda, UPDF, cyitandukanyije nâubutumwa bwâumuhungu wa Perezida Yoweri Museveni akaba nâUmugaba wâingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, yigeze gutangariza kuri Twitter, ashyigikira abarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa TPLF uhanganye na Leta ya Ethiopia. Guhera mu Gushyingo 2022 ubwo urugamba hagati yâingabo za Leta nâabarwanyi ba TPLF rwari rukomeye, Gen. Kainerugaba yanditse […]
Kabale: Umunyarwanda yishwe n’ikirombe, 11 bari kumwe boherezwa mu Rwanda
Umunyarwanda wâimyaka 22 yâamavuko witwa Tuyishime Emmanuel, tariki ya 4 Nyakanga 2022 yagwiriwe nâikirombe cyâumucanga mu karere ka Kabale muri Uganda. Umuvugizi wa Polisi mu gice cya Kigezi Kabale iherereyemo, yasobanuye ko mu masaa moya yâuwo munsi ari bwo Tuyishime ukomoka mu karere ka Gicumbi hamwe na bagenzi be 11 binjiye muri Uganda, bajya gucukura […]
Tshisekedi yatangaje ko intambara yeruye ya RDC nâu Rwanda ishoboka cyane
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, yatangaje ko intambara yeruye hagati yâigihugu cye nâu Rwanda ishoboka cyane muri iki gihe umwuka mubi ukomeje gututumba. Mu kiganiro yagiranye na Financial Times cyabereye ku biro bye i Kinshasa, Tshisekedi yagize ati: âUku gushoboka [kwâintambara yeruye] ntikugomba kwirengagizwa. Ubushotoranyi bwâu Rwanda nibukomeza, ntabwo […]
Dr Sekimonyo abona ahazaza hâu Rwanda hari mu maboko ya Tshisekedi
Umuhanga muri politiki nâubukungu yo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Dr Jo Sekimonyo, abona ahazaza hâu Rwanda hari mu maboko ya Perezida wabo, FĂ©lix-Antoine Tshisekedi. Dr Sekimonyo mu nyandiko yashyize ku rubuga DeskEco asobanura ko ubwo Tshisekedi yajyaga ku butegetsi mu 2019, yagerageje guteza imbere umubano wa RDC nâibihugu byâabaturanyi, byâumwihariko mu bijyanye […]
Tshisekedi yaraye muri Angola, aho ahurira na Kagame
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yaraye i Luanda muri Angola, aho ahurira na mugenzi we wâu Rwanda, Paul Kagame. Mu masaa yine yâijoro ryo kuri uyu wa 5 Nyakanga 2022 ni bwo ibiro bya Tshisekedi byatangaje ko yageze i Luanda. Biti: “Umukuru wâIgihugu, FĂ©lix-Antoine Tshisekedi Tshilombo mu ijoro ryo kuri […]
Abahanga barasaba Dr Mukwege kuziyamamariza umwanya wa Perezida
Abahanga biganjemo abarimu bo muri kaminuza muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), bandikiye muganga Dr Denis Mukwege wahawe igihembo cyâamahoro cyitiriwe Nobel mu 2018, bamusaba kuziyamamariza umwanya wâUmukuru wâIgihugu mu mwaka utaha. Ikinyamakuru La Libre cyo mu Bubiligi gisobanura ko aba bahanga bandikiye Dr Mukwege barimo: Prof. Maindo Alphonse, Prof, Maswana Jean-Claude na Prof. […]
Borell yagize icyo asaba u Rwanda na RDC mbere y’uko Perezida Kagame na Tshisekedi bahura

Josep Borell Fontelles ushinzwe ububanyi nâamahanga nâumutekano mu muryango wâubumwe bwâUburayi (EU) yagize icyo asaba u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) mu gihe biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame na FĂ©lix Tshisekedi bahura. Bwiza.com yamenye ko Perezida wa Angola, JoĂŁo Lourenço yatumiye Perezida Kagame na Tshisekedi mu kiganiro cyâubuhuza mu gihe umwuka mubi […]
U Bwongereza bwasezeranyije Ukraine kuyifasha gusubirana Luhansk yambuwe nâu Burusiya
Guverinoma yâu Bwongereza yasezeranyije Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky gufasha igihugu cye gusubirana Let aya Luhansk giherutse kwamburwa nâingabo zâu Burusiya. Minisitiri wâIntebe wâu Bwongereza, Boris Johnson, mu butumwa amaze gutangaza, yasobanuye ko yaganiriye na Zelensky, ati: «Namenyesheje Perezida Zelensky ku byemezo byafashwe na G7 na NATO mu cumweru gishize. Ndizera ko ingabo za Ukraine […]
Papa Francis yanyomoje abahwihwisa ko afite umugambi wo kwegura
Umushumba wa kiliziya gatolika ku Isi, Papa Francis, yanyomoje abahwihwisa ko afite umugambi wo kwegura kuri iyi nshingano. Mu kiganiro cyo ku wa 2 Kamena 2022 yagiranye nâumunyamakuru wâibiro ntaramakuru byâAbongereza (Reuters), Phil Pullella, Papa Francis yasobanuye ko abatekereza ko yakwegura babishingira ku kuba hari abamubanjirije beguye. Abeguye barimo Benedicto XVI yasimbuye kuri iyi nshingano, […]
EU irasaba M23, FDLR n’indi mitwe kurambika intwaro no kuva aho yafashe
Umuryango wâubumwe bwâUburayi (EU) urasaba imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), byâumwihariko M23 kuzirambika no kuva mu bice yafashe. Ubu busabe bwatanzwe nâumuyobozi ushinzwe ububanyi nâamahanga nâumutekano muri EU, Josep Borell Fontelles kuri uyu wa 4 Nyakanga 2022. Yagize ati: “EU ikomeje gukurikirana yitonze ibibera mu burasirazuba bwa […]
Perezida Kagame yasobanuye irengero ryâintwaro abarwanyi ba M23 binjiranye mu Rwanda
Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, yasobanuye irengero ryâintwaro abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 binjiranye mu Rwanda ubwo baruhungiragamo mu 2013. Muri uwo mwaka, M23 yari imaze umwaka urenga irwanira mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), yarasenyutse, abarwanyi bayo bahungira muri Uganda no mu Rwanda. Perezida Kagame mu kiganiro […]
Amafoto: Ukraine yerekanye uko iri gukoresha HIMARS yahawe na USA

Ingabo za Ukraine zerekanye amafoto nâamashusho yâuburyo ziri gukoreshamo intwaro za HIMARS ziherutse guhabwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA). Ibiro byazo bisobanura ko izi ntwaro zifashishwa ku rugamba rwo ku butaka no guhangana nâibitero byo mu kirere, zarashe ku ngabo zâu Burusiya. Mu isaha ishize, byashyize ku rubuga rwa Facebook videwo yâamasegonda 46 […]
Burundi: Abagize guverinoma bose bahawe ikiruhuko cy’iminsi 10
Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye, kuri uyu wa 4 Nyakanga 2022 yahaye abagize guverinoma bose ikiruhuko cyâiminsi 10. Ni icyemezo yafashe ashingiye ku mwanzuro wafatiwe mu nama yâabagize guverinoma yabaye tariki ya 29 Kamena 2022. Itangazo ryashyizweho umukono nâUmuvugizi we, Evelyne Butoyi rigira riti: âNkâuko byatangajwe muri raporo yâinama yâabaminisitiri yo ku wa 29 Kamena […]
Uko abagaba bakuru ba RDF basimburanye kuva u Rwanda rwabohorwa

Kuva u Rwanda rwabohorwa n’ingabo za RPA Inkotanyi tariki ya 4 Nyakanga 1994, igisirikare cyarwo kimaze kuyoborwa n’abagaba bakuru batandatu (6), uhereye ku ufite ipeti rya Major General kugeza ku rya General ryuzuye. Ku ikubitiro, iyi nshingano yahawe Major General (Rtd) Sam Kanyemera wamenyekanye nka Kaka (impine y’izina rye), akaba umwe mu basirikare bakuru bayoboye […]
Ingabo za Ukraine zemeye ko zavuye muri Luhansk kubera ubukana bwâintwaro zâu Burusiya
Ibiro byâingabo za Ukraine byatangaje ko zavuye mu gace ka Lysychansk zari zisigayemo muri Leta ya Luhansk, kubera ubukana bwâimbunda u Burusiya bwakoresheje. Mu gitondo cyâuyu wa 3 Nyakanga 2022 ni bwo Minisitiri wâingabo zâu Burusiya, Sergei Soigu yamenyesheje Umugaba wâIkirenga, Perezida Vladimir Putin ko ingabo za Ukraine zari zisigaye muri aka gace zamaze kukavanwamo. […]
RDC iri kwiyegereza cyane USA, M23 âirusha imbaraga FARDC-MONUSCOâ na FDLR itoza indi mitwe: inkuru zâicyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 27 Kamena 2022, cyaranzwe nâinkuru nyamukuru zibanda ku mutekano, politiki nâubutabera. Harimo: Boris yemereye Kagame gukora ibishoboka abakekwaho jenoside bari mu Bwongereza bakagezwa mu butabera Minisitiri wâIntebe wâu Bwongereza, Boris Johnson, yemereye Perezida Paul Kagame gukora ibishoboka kugira ngo Abanyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi baba mu gihugu […]
Udushya 10 twa Prof. Wajackoyah, umukandida ushaka gusimbura Uhuru Kenyatta ku butegetsi

Prof. George Luchiri Wajackoyah ni umwe mu bakandida biyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika ya Kenya, mu gihe hategerejwe amatora muri Kanama 2022. Uyu mugabo wâubwanwa bwinshi bwâimvi akomeje gutangaza benshi mu bakurikirana ibikorwa bye, bitewe nâimigambi idasanzwe avuga ko afitiye Abanyakenya. Nkâuko aherutse kubitangariza Abanyakenya, Prof. Wajackoyah afite imigambi irenga umunani yose ifite umwihariko, […]
UPDF yamaganye raporo ivuga ko Gen. Kabarebe yabaye Minisitiri wayo
Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyamaganye raporo ivuga ko umusirikare wâu Rwanda, General James Kabarebe, yabaye Minisitiri wacyo. Raporo yasohowe ku muyoboro wa YouTube wa Zehabesha Original tariki ya 4 Gicurasi 2022, ishinja igisirikare cya Uganda gutoreza muri Uganda na Sudani yâEpfo umutwe witwaje intwaro wa TPLF uhanganye na Leta ya Ethiopia. Muri ubu bufasha iregwa, […]
U Burusiya butangaje ko bwafashe igice cya Donbas kirimo Donetsk na Luhansk
Minisiteri w’ingabo zâu Burusiya, Sergei Shoigu amaze gutangaza ko zamaze kwambura iza Ukraine igice cyose cya Donbas giherereyemo Leta ya Donetsk na Luhansk ziharanira ubwigenge. Ikinyamakuru RT cyegamiye kuri Leta yâu Burusiya kigize kiti: âDonbass yose iri mu maboko ya Moscow-Minisitiri wâingabo wâu Burusiya.” Minisitiri Shoigu asobanura ko ingabo za nyuma zari Ukraine zari zisigaye […]
Ambasaderi wa EU asobanura ko ibihano bya UN bitabuza ingabo za RDC kugura intwaro
Ambasade wâumuryango wâubumwe bwâUburayi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Jean-Marc ChĂątaigner asobanura ko ibihano byâakanama kâUmuryango wâAbibumbye (UN) gashinzwe umutekano bitabuza ingabo zâiki gihugu (FARDC) kugura intwaro. Mu nama yâaka kanama yabereye i New York tariki ya 30 Kamena 2022, ni ho hafatiwe umwanzuro nimero 2641 wo kongera ibi bihano kuri RDC, birimo […]
U Bwongereza bubona umubano wabwo nâu Rwanda wahungabana, bugaragaje ikiguzi cyâamasezerano yâabimukira
Guverinoma yâu Bwongereza ibona kugaragaza ikiguzi cyâamasezerano yâabimukira nâiterambere ryâubukungu yagiranye nâiyâu Rwanda byahungabanya umubano wâibihugu byombi. Tariki ya 14 Mata 2022, u Bwongereza bwagiranye aya masezerano yâimyaka itanu nâu Rwanda, rwemera kuzajya rwohererezwa abimukira binjira mu buryo butemewe nâamategeko; igikorwa ruzajya rwishyurirwa. Ikinyamakuru The Independent kivuga cyo cyabajije mu biro byâUmunyamabanga wâu Bwongereza ushinzwe […]
AIGP Kasingye yafashe icyemezo cyo kwimurira ibiro mu rugo kubera ihenda rya peteroli
Asan Kasingye wabaye Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi ya Uganda (AIGP) akaba nâUmuvugizi wayo, yiyemeje kwimurira ibiro bye mu rugo kubera ihenda ryâibikomoka kuri peteroli. Mu butumwa yashyize kuri Twitter mu ijoro ryo kuri uyu wa 2 Nyakanga 2022, AIGP Kasingye yagize ati: “Bitewe nâizamuka ryâibiciro bya peteroli, nafashe icyemezo kibabaza cyo gushyira ibiro mu […]
M23 yemeza ko yavumbuye amayeri FARDC iri gukoresha mu mirwano
Umutwe witwaje intwaro wa M23 uremeza ko wavumbuye amayeri ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, ziri gukoresha mu mirwano ibera muri teritwari ya Rutshuru mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru. Mu itangazo rigenewe Abanyekongo nâamahanga ryasohowe nâUmuvugizi wâuyu mutwe, Maj. Willy Ngoma, kuri uyu wa 3 Nyakanga 2022, yavuze ko basanze FARDC iri kurasira […]
FARDC iravuga ko yishe abarwanyi 27 ba M23, ifata ibikoresho nâimiti byabo
Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, kivuga ko cyishe abarwanyi 27 bâumutwe witwaje intwaro wa M23 mu mirwano yabereye muri teritwari ya Rutshuru, gifata ibikoresho nâimiti byabo. Amakuru aturuka ku rwego rwâintara ya Kivu yâAmajyaruguru avuga ko muri iyi mirwano yabereye mu gace ka Ntamugenga no mu nkengero zaho, ibikoresho byafatiwemo birimo imbunda […]
General Bisengimana, Kasongo na Kanyama mu bashobora kwitabazwa mu rubanza rwa Beya

General Charles Bisengimana wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) nâabandi basirikare bakuru bari mu batangabuhamya bashobora kwifashishwa mu rubanza rwâuwahoze ari umujyanama wihariye mu byâumutekano wa Perezida FĂ©lix Tshidekedi, François Beya Kasonga. Beya ukurikiranweho icyaha cyo kugambirira kugirira nabi Umukuru wâIgihugu afatanyije nâabandi barimo Brig. Gen. Tonton Twad Sekere […]
U Bwongereza bwagiranye na Nigeria amasezerano yo kuyoherereza abanyabyaha bâabanyamahanga
Guverinoma yâu Bwongereza kuri uyu wa 30 Kamena 2022 yagiranye amasezerano nâiya Nigeria yo koherereza iki gihugu cyo ku mugabane wa Afurika abanyabyaha bâabanyamahanga. Nkâuko byatangajwe nâUmunyamabanga wâu Bwongereza ushinzwe umutekano wâimbere, Priti Patel, aya masezerano agamije gukumira ibyaha bikorerwa muri iki gihugu. Patel yagize ati: “Amasezerano yacu mashya na Nigeria azongera iyoherezwa ryâabanyabyaha babi […]
Umuturage wâi Bunagana ntacyizera imbaraga za M23
Umuturage wâi Bunagana wahungiye mu karere ka Kisoro muri Uganda ubwo M23 yari imaze gufata uyu mujyi mu byumweru bibiri bishize, avuga ko atacyizera gukomera kâuyu mutwe witwaje intwaro kuva abarwanyi bari bawugize bahunga mu mwaka wâ2013. Uyu muturage witwa Juma Kumwami mu kiganiro yagiranye na Daily Monitor tariki ya 27 Kamena ubwo yari mu […]
Uganda: Abayobozi 20 bo muri AIM Global batawe muri yombi

Polisi ikorera mu karere ka Soroti kari mu burasirazuba bwa Uganda yataye muri yombi abayobozi 20 bo mu muryango Alliance In Motion (AIM) Global uvugwamo ubushukanyi nâubwambuzi. Aba bayobozi baguwe gitumo ubwo bari bayoboye inama yaberaga muri moteli ya Hyde Park kuri uyu wa 30 Kamena 2022. Iyi nama yahuje abiganjemo urubyiruko rwo muri aka […]
Ingabo za Uganda zasubukuye ibikorwa byazo muri RDC
Ingabo za Uganda (UPDF) mu gitondo cyâuyu wa 1 Nyakanga 2022 zibutse zisubukura ibikorwa byazo byo kurwanya umutwe wâiterabwoba wa ADF ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Ikinyamakuru Chimpreports kitaratangaza amakuru arambuye kuri ibi bikorwa, gisobanura ko ibitero bya UPDF byo muri iki gitondo byakozwe hifashishijwe indege nâimbunda nini zirasa kure. […]
Tshisekedi yavuze ko bitazongera kubaho ko inyeshyamba zinjizwa mu nzego zâumutekano
Perezida FĂ©lix Tshisekedi uyobora Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), yavuze ko bitazongera kubaho ko inyeshyamba zongera kwinjizwa mu nzego zâigihugu zishinzwe umutekano. Ni bumwe mu butumwa bukubiye mu ijambo rye ryo kuri uyu wa 30 Kamena 2022, ryerekeye ubwigenge Abanyekongo bizihizaga ku nshuro ya 62. Ingingo yâumutekano muke umaze imyaka myinshi mu burasirazuba bwâigihugu […]
Tshisekedi yatangaje ko azakora ibishoboka âu Rwandaâ rukava ku butaka bwabo
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix-Antoine Tshisekedi, yatangaje ko azakora ibishoboka u Rwanda ashinja ubushotoranyi rukava ku butaka bwabo. Ni ubutumwa bukubiye mu ijambo yagejeje ku Banyekongo kuri uyu wa 30 Kamena 2022, ubwo bizihizaga umunsi mukuru wâubwigenge ku nshuro ya 62. Uyu Mukuru wâIgihugu yavuze ko muri iki gihe bishimira ubwigenge, […]
Uganda: Umunyamakuru AIGP Kasingye yasabye kuguma i Kigali yasezeye kuri televiziyo yakoreraga
Umunyamakuru wo muri Uganda, Daniel Lutaaya uherutse gusabwa kuguma i Kigali nyuma yo gusingiza uyu murwa waberagamo inama ya Commonwealth, yasezeye kuri televiziyo NBS yakoreraga. Abo mu Rwanda bamenye Lutaaya cyane tariki ya 22 Kamena 2022 ubwo yatangazaga ko mu minsi ine amaze i Kigali, yahabonye byinshi byâumwihariko, agereranyije nâiwabo. Uwo munsi, Lutaaya wari woherejwe […]
Museveni yabujije umuhungu we gushyira kuri Twitter ibyerekeye umutekano
Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yashyiriye umurongo umuhungu we usanzwe ari Umugaba wâingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, ku ikoreshwa ryâurubuga rwa Twitter. Ikinyamakuru Daily Monitor kivuga ko mu nama yahuje Museveni nâabasirikare bakuru hamwe nâabo mu rwego rwâubutasi, yasabye Kainerugaba hamwe nâabandi bo muri izi nzego kwirinda gushyira kuri Twitter ibyerekeye umutekano. […]
Ingabo za Tanzania zahawe Umugaba Mukuru mushya

Perezida wa Tanzania akaba nâUmugaba wâIkirenga wâingabo, Samia Suluhu Hassan kuri uyu wa 29 Kamena 2022 yashyizeho Umugaba Mukuru mushya, wasimbuye General Venace Salvatory Mabeyo uherutse gusezera kuri iyi nshingano. Mabeyo wagizwe Umugaba Mukuru na Dr John Pombe Magufuli muri Gashyantare 2017, yasezeye mu ntangiriro zâuku kwezi ubwo yari arangije manda yâimyaka itanu. Umugaba Mukuru […]
MONUSCO yatangaje ko M23 imaze iminsi igaragaza imbaraga nk’iz’igisirikare gikomeye
Umuyobozi wâubutumwa bwâamahoro bwâUmuryango wâAbibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, MONUSCO, Bintou Keita, yatangaje ko umutwe witwaje intwaro wa M23 umaze iminsi ugaragaza imbaraga nyinshi nkâizâigisirikare cyubakitse. Bintou yabimenyesheje abagize akanama ka UN gashinzwe umutekano kuri uyu wa 29 Kamena 2022, baganiraga ku kibazo cyâumutekano muke mu burasirazuba bwa RDC. Yagize ati: “Mu mirwano […]
Ibyâingenzi ku bufatanye bwa NATO na AU bumaze imyaka 17
Umuryango NATO wâubwirinzi bwa gisirikare uvuga ko kuva mu 2005 ufasha umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) ugizwe nâibihugu 55. Mu nkuru wasohoye tariki ya 17 Kamena 2022, wagize uti: âUmubano wa NATO-AU watangiye ubwo AU yasabaga ibikoresho nâubufasha bwâubwikorezi bwo mu kirere muri misiyo yayo muri Sudan.â Uyu mubano warakomeje kandi urakomera, hashingiwe ku […]
U Rwanda rurasaba RDC gushyikirana n’imitwe yitwaje intwaro yose
Intumwa ya Leta yâu Rwanda mu Muryango wâAbibumbye, Ambasaderi Gatete Claver, yasabye ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kujya mu mishyikirano nâimitwe yitwaje intwaro yose. Ambasaderi Gatete yatangiye ubu busabe mu nama yâakanama ka UN gashinzwe umutekano yabereye ku cyicaro cyâuyu muryango i New York, kuri uyu wa 29 Kamena 2022. Yabwiye RDC […]
Umuhanzi R. Kelly yakatiwe igifungo cyâimyaka 30
Umuhanzi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Robert Sylvester Kelly wamamaye nka R. Kelly yakatiwe igifungo cyâimyaka 30 nyuma yâumwaka ahamijwe ibyaha byo gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina abakobwa bakiri bato nâabagore. Iki cyemezo cyatangajwe nâUmucamanza Ann M. Donnelly mu rukiko rwa Brooklyn, nyuma yo kwemeza ko uyu muhanzi wamamaye kubera indirimbo ze zirimo […]
U Burusiya bwatangaje ko buzohereza miliyoni zâamatoni yâibinyampeke, nibukurirwaho ibihano
Minisiteri yâububanyi nâamahanga yâu Burusiya, yatangaje ko buzohereza miliyoni zâamatoni yâibinyampeke mu gihe ibihugu byabufatiye ibihano byaba bibikuyeho. Ibiro ntaramakuru byâAbarusiya, TASS, bivuga ko cyemezo cyatangajwe nâUmuvugizi wâiyi Minisiteri, Maria Zakharova kuri uyu wa 29 Kamena 2022. Zakharova abona ikibazo cyâibura ryâibinyampeke ku isoko mpuzamahanga ryaratewe nâibihugu bitatu: Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), u […]
Perezida wa Zambia uherutse muri CHOGM abona Kigali imeze nkâi Burayi

Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, yagaragaje ishyari ryiza ubwo yagereranyaga umujyi wa Kigali aherutse mu nama ya Commonwealth (CHOGM) nâimijyi yo ku mugabane wâu Burayi. Hichilema wari kumwe nâumugore we Mutinta Hichilema bageze i Kigali tariki ya 23 Kamena, habura umunsi umwe ngo CHOGM itangire ku mugaragaro, bataha ku ya 26 Kamena. Ku wa 27 […]
Impuguke za UN zemeza ko FDLR iha imyitozo imitwe yitwaje intwaro ikorera muri RDC
Impuguke zâUmuryango wâAbibumbye (UN) zikora ubushakashatsi ku mutekano wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) zemeza ko umutwe witwaje intwaro wa FDLR urwanya ubutegetsi bwâu Rwanda uha imyitozo indi mitwe yitwaje intwaro. Muri raporo y’impapuro 297 yasohotse muri uku kwezi, izi mpuguke zisobanura ko nâubwo mu kinyacumi cyâimyaka gishize FDLR yaciwe indege mu buryo […]
Boris yahishuye icyo yavuganye na Perezida Kagame ku bakekwaho jenoside baba mu Bwongereza

Minisitiri wâIntebe wâu Bwongereza, Boris Johnson, yahishuye icyo yavuganye na Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, ku bantu batanu baba mu gihugu cye bakekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Boris akigera mu Rwanda tariki ya 23 Kamena 2022, ubwo yari aje kwitabira inama ya Commonwealth, yabanje gusura urwibutso rwa jenoside rwa Kigali ku Gisozi, […]
NATO irateganya kwagurira imbibi muri Afurika
Umuryango NATO wâubwirinzi bwa gisirikare urateganya kwagurira imbibi ku mugabane wa Afurika, mu rwego rwo kurwanya ibikorwa byâiterabwoba byugarije bimwe mu bihugu byaho. Ni imwe muri gahunda iri kwigirwa mu nama yâuyu muryango iri kubera i Madrid muri Espagne guhera kuri uyu wa 28 Kamena 2022. NATO irashaka kongera ingabo nâintwaro nyinshi mu bice bitandukanye, […]
Kenya: Umubyeyi aratakamba nyuma yâaho umuhungu we afashwe yaparamiye kajugujugu ya Minisitiri
Umubyeyi witwa Mercy Nyoroka utuye mu karere ka Meru muri Kenya, aratakambira urukiko ngo rufunguze umuhungu we, Johakim Mutwiri wafashwe yaparamiye indege ya Minisitiri. Tariki ya 22 Kamena 2022 ni bwo Mutwiri yagaragaye yaparamiye indege yâUmunyamabanga wa Leta (cyangwa Minisitiri) ushinzwe ubuhinzi, Peter Munya, ubwo yavaga muri Meru. Yahise atabwa muri yombi, agezwa mu rukiko […]
Mozambique yamaze impungenge abatekereza ko u Rwanda rwagiye gusahura muri Cabo Delgado
Ambasaderi wa Mozambique mu Rwanda, Amade Miquidade, yamaze impungenge abatekereza ko ingabo zarwo zagiye mu ntara ya Cabo Delgado gusahura umutungo wâigihugu, aho kurinda amahoro nâumutekano. Nkâuko BBC Gahuza yabitangaje, Ambasaderi Miquidade yabimenyesheje abanyamakuru bâiwabo bari mu Rwanda mu nama yâumuryango Commonwealth mu cyumweru gishize. Yafatiye urugero ku ngabo za Mozambique zafashije abaharaniraga impinduramatwara gukuraho […]
Over 150 trucks, 800 people cross Gatuna border daily following reopening

Over 150 trucks and 800 people cross the Gatuna/Katuna One Stop Border Post (OSBP) on daily basis following reopening by government of Rwanda in January, 2022. This is revealed during East African Business Council (EABC) and TradeMark East Africa (TMEA) public-private dialogue with trade facilitation agencies at Gatuna OSBP, today, June 28, 2022. This dialogue […]
RDC yagabanyije amasaha yo gufungura imipaka ihuriraho n’u Rwanda n’u Burundi
Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bwafashe icyemezo cyo kujya bufunga hakiri kare imipaka buhuriraho nâu Rwanda ndetse nâu Burundi kubera impamvu zâumutekano. Ni icyemezo cyafatiwe mu nama yâabaminisitiri yabaye tariki ya 24 Kamena 2022, yibandaga ku kibazo cyâumutekano muke kiri mu burasirazuba bwâigihugu nk’uko byemejwe na Minisitiri ushinzwe umutekano w’imbere, Daniel Aselo. […]
Arsenal yasubije abasaba ko yahagarika amasezerano yagiranye n’u Rwanda
Ikipe ya Arsenal FC iri mu cyiciro cya mbere cyâumupira wâamaguru mu Bwongereza, Premier League, yasubije abasaba ko yahagarika amasezerano yagiranye n’u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda. Kuva mu mwaka ushize, abarimo umuryango wa Paul Rusesabagina nâumunyamakuru wâUmwongereza, Michela Wrong, ukunze kunenga ubutegetsi bwâu Rwanda, basabye ubuyobozi bwa Arsenal gusesa aya masezerano. Basobanura ko […]
U Burusiya bwamenyesheje USA ko intwaro ikomeje guha Ukraine ziratuma ibintu birushaho kuzamba
Ambasaderi wâu Burusiya muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), Anatoly Antonov, yazimenyesheje ko intwaro zikomeje koherereza Ukraine ziratuma ibintu birushaho kuba bibi. Nkâuko ibiro ntaramakuru byâu Burusiya, TASS, byabitangaje, Ambasaderi Antonov yagize ati: “Gukomeza gusukiranya ubudatuza intwaro muri Ukraine bizateza ibibazo byâinyongera kandi bigire ingaruka zitateganyijwe. Gusa abategetsi ba Washington bapfutswe amaso nâigitekerezo cyo […]
Impuguke za UN zirasaba RDC kubahiriza amasezerano yagiranye na M23
Impuguke zâUmuryango wâAbibumbye (UN) zirasaba ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kubahiriza amasezerano bwagiranye nâumutwe witwaje intwaro wa M23, cyangwa se bukajya mu mishyikirano na wo. Bigaragara mu raporo izi mpuguke ziherutse gushyikiriza Perezida wâakanama ka UN gashinzwe umutekano, yerekana imiterere yâikibazo cyâumutekano muke mu burasirazuba bwa RDC. Muri iyi raporo yo ku […]