• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Inkomoko y'umukino w'urupfu

ibyegeranyo

Inkomoko y’umukino w’urupfu

Yanditswe na NKUNDABANYANGA Ildephonse
Yanditswe kuwa 18/03/2023 12:51

Abakunzi b’umupira w’amaguru, iyo hari umukino ukomeye bakunda kuva ati "Uyu ni umukino w’urupfu". Nyamara nubwo babivuga gutya, ariko bya nyabyo uyu mukino wabayeho.

Iby’umukino wiswe uw’urupfu bitangirana n’intambara ya kabiri y’isi yose yabaye mu mwaka w’1939-1945, ubwo u Budage bwatangizaga intambara mu Burayi.

Mu mwaka wa 1941, nibwo u Budage bwateguye igitero ku bihugu by’Abasoviyeti, mu minsi mike bahita bafata umugi wa Kyiv muri Ukraine, icyo gihe byari muri Leta zunze Ubumwe z’Abasoviyeti.

Aha muri Ukraine mu mugi wa Kyiv, niho hari hagiye kubera umukino wiswe uw’urupfu.

Ubwo Abadage bageraga muri uyu mugi, bakuyeho ibintu byose by’imyidagaduro harimo n’imikino y’umupira w’amaguru ndetse basenye n’amakipe yose yari ahari.

By’umwihariko icyatumye amakipe y’umupira w’amaguro aseswa ni uko amwe mu makipe yari akomeye nka Dynamo Kyiv ndetse na Lokomotiv Kyiv abakinnyi bayo bari abasirikare b’Abasoviyeti abandi ari intasi, ikandi kandi aba bari bafite n’amahame ya gikominisite.

Umukino w’urupfu waje ute?

Nyuma y’uko imyidagaduro ihagaritswe, abaturage barigunze cyane ndetse bamwe bicwa n’inzara kubera bari batunzwe n’imikino. Ibi rero byaje gutuma imikino y’umupira w’amaguru isubukurwa.

Nubwo imikino yari isubukuwe, ariko hagombaga gukinwa shamipiyona yari kujya ihuza ibihugu Abadage babaga barigaruriye, bagakina n’abasirikare babo.

Bitewe nuko amakipe muri Ukraine yari yarasenywe hashinzwe andi mashya.

Umunyamakuru wari ushyigikiye Abadage Georgi Dmitrievich Shvetsov akaba yarashinze ikipe yise Rukh, itarigeze ikundwa nagato kuko bamufataga nk’umugambanyi.

Ku rundi ruhande haje undi mugabo Joseph Kordik ashinga indi kipe yise FC Start ari nayo yaje kuba kazarusenya. Uyu mugabo yazengurutse igihugu cyose ashaka abahoze ari abakinnyi bakome mbere, abahuriza muri iyo kipe ye.

Nina ko kandi hari indi kipe y’igisirikare cy’u Budage cyarwaniraga mu kirere Luftwaffe yitwaga "Flakelf".

Uko umukino w’urupfu watangiye

Aya makipe akimara gushingwa, ikipe ya FC Start yarazitsindaguye biratinda.

Iby’umukino w’urupfu byatangiye tariki ya 09 Kanama 1942, ubwo iyi kipe yatsindaga ikipe ya Luftwaffe yarizwi nka Flakelf" ibitego 5-1.

Uyu mukino ukirangira , Abadage barabishe batiyumvisha uburyo batsindwa n’Abanya-Ukraine, bahita basaba ko umukino wasubirwamo.

Nyuma y’iminsi ine, uyu mukino bawusubiyemo kuko Abadage batemeraga ko batsinzwe, nyamara FC Start yarongeye yihangangiriza Flakelf ibitego 5-3.

Kuri iyi nshuro Abadage barabishe bihambaye ariko bakomeza kwiga kuri iyi kipe n’abakinnyi babatsinze icyo babakorera.

Hataracaho iminsi, FC Start yaje gukina undi mukino na Rukh yari yarashinzwe na Georgi Dmitrievich Shvetsov wari ushyigikiye Abadage, nayo bayinyagira ibitego 8-0.

FC Start byayigendekeye gute ikimara kwandagaza aya makipe

Kugeza aha, FC Start ntibyayiguye amahoro, kuko Georgi Dmitrievich Shvetsov nyirikipe ya Rukh yasihe ajya kurega FC Start ku gisirikare cy’Abadage cya Gestapo.

Uyu mugabo yabwiye Gestapo ko abakinnyi ba FC Start ari abagambanyi kandi ari intasi z’Abasoviyeti.

Bashingiye kubyo bari babwiwe n’umujinya bari bagifite ko FC Start yabatsinze, bahise bajya kwihorera.

Ikipe ya FC Start yazanye umukino w’urupfu

Igisirikare cya Gestapo cyahize abakinnyi n’abafana ba FC Start mu gihugu hose uwo bafashe bagahita bamurasa nta rubanza, byose biturutse kukuba yaratsinze Flakelf yabo.

Nkaho guhiga abakinnyi n’abafana ba FC Start ngo bicwe bitari bihagije, iyi kipe yahise isenywa, wanayivuga ukagezwa muri gereza.

Mu mwaka w’1943 nibwo ingabo z’Abasoviyeti zasubiranaga inyuma ingabo za Abadage, muri uwo mwaka bahita banafata n’umurwa mu kuru Kyiv.

Byagenze bite Abadage bakimara gutsindwa?

Ubutegetsi bw’Abasoviyeti bacyumva inkuru y’abafana n’abakinnyi ba FC Start bishwe kubera gutsinda ingabo z’Abadage, babihinduyemo inkuru itangaje.

Abasoviyeti iyi nkuru nubwo yari yarabayeho ariko bongeyemo inkuru zo gukabya ndetse babahindura propaganda za gikominisite.

Abategetsi b’Abasoviyeti iyo bavugaga iyi nkuru bagiraga bati " Abakinnyi n’abafana ba FC Start ni ikimenyetso cyo kudatsindwa no kudatezuka kw’abaturage b’Abasoviyeti.

Ati " Abakinnyi ba FC Start bakinaga n’ abasirikare b’Abadage ,abasifuzi ari abasirikare ariko bakanga kabatsinda."

Bagakomeza bagira bati " Kuri stade bamwe bararaswaga ,ndetse bakabaha n’amafaranga ngo bitsindishe ariko bakayanga ahubwo bakarushaho kubatsinda"

Ati" Abadage bicishije inzara abakinnyi n’abafana ba FC Start kugira ngo babatsinde ariko biranga biba iby’ubusa barabatsinda."

Ubutegetsi bw’Abasoviyeti ntibwarekeye aho kuko bwakoreye ibibumbano bigari abo bakinnyi bapfuye bazize gutsinda ikipe yarishyigikiwe n’ Abadage ndetse n’Abadage ubwabo.

Kuva icyo gihe kugeza magingo aya, iyo nkuru yagiye ihererekanywa biturutse ku mukino wabaye tariki ya 09 Kanama 1942 ukaza gukururira urupfu abakinnyi n’abafana ba FC Start batsize uyu mukino.

Ntakabuza iyo iyi mikino ya tariki 09 Kanama itaba, bariya bakinnyi ntibari kwicwa,cyangwa se niyo FC Start itsindwa ntabwo abakinnyi n’abafana bayo barikwicwa.

Umukino w’urupfu ni gutyo waje kugeza magingo aya, iyo ikipe ziri mu tsinda rikomeye cyangwa umukino ukomeye bakavuga ati " Ni umukino w’urupfu."

Izindi Nkuru Bijyanye


Ibigwi by'abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko
Ibigwi by’abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko
Abantu 10 ba mbere bagize uruhare mu guhindura amateka y�Isi mu kinyejana cya 20
Ibihugu bya Sudani n'u Burundi imbere ku rutonde rw'ibimaze kubamo coup d'etat nyinshi
Ibihugu bya Sudani n’u Burundi imbere ku rutonde rw’ibimaze kubamo coup d’etat nyinshi

Izindi wasoma

Ibigwi by’abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko

Ibihugu bya Sudani n’u Burundi imbere ku rutonde rw’ibimaze kubamo coup d’etat nyinshi

Imitwe ya Special Forces 15 ya mbere iteye ubwoba ku Isi mu 2023

Urutonde rwa Coup d’etat ziheruka gukorwa muri Afurika y’iburengerazuba no hagati

Ibihugu 50 bya mbere binini kurusha ibindi ku Isi n’ubuso bwabyo

NKUNDABANYANGA Ildephonse
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal

Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
27/09/23 06:31
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
27/09/23 06:30
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
imikino

Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Jadon Sancho yirukanwe mu bigo byose by’ikipe ya mbere muri Manchester United, harimo (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rumaze gutegeka ko Kazungu Denis ukurikiranweho ibyaha bigera (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.