Abanyamulenge batanze ikirego ku itsembabwoko bavuga ko bakorerwa

Nk’uko amakuru yakusanyijwe na La Libre Belgique abitangaza ngo ikirego cyatanzwe kuri uyu wa mbere, itariki 27 Nzeri 2021 i Kinshasa, ku mushinjacyaha mukuru no ku mugenzuzi mukuru wa FARDC gitanzwe n’Abanyamulenge 71 batuye mu misozi ya Kivu y’Amajyepfo, mu karere ka Minembwe. Impamvu: ubwicanyi, gufatwa ku ngufu, iyicwarubozo, gushimutwa, gutwikirwa inzu n’imirima, gusahurwa inka, […]

Bukavu: Inyubako zisaga 100 zakongowe n’inkongi nshya y’umuriro

Inzu zisaga 100 zo mu Gace ka Nyakaliba, Komini Kadutu, mu Mujyi wa Bukavu, kuri uyu wa Mbere, itariki 27 Nzeri zibasiwe n’inkongi y’umuriro ukaze nyuma y’iherutse kwibasira inyubako yakoreragamo ibinyamakuru bitandukanye birimo Radio na Televiziyo by’igihugu, RTNC. Nk’uko byatangajwe na Hippocrate Marume, Perezida wa Sosiyete Sivile ya Kadutu yavuze ko icyateye iyi nkongi kitaramenyekana, […]

R. Kelly wahamijwe ibyaha bigera mu 9 ashobora gufungwa ubuzima bwose asigaje

Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya R&B, R. Kelly yahamijwe ibyaha mu rubanza rw’icuruzwa ry’abantu muri Amerika nyuma y’imyaka ibarirwa muri za mirongo yirinda kugezwa mu rukiko ku byaha byo guhohotera abagore biganjemo abakobwa bakiri bato. Kuri uyu wa Mbere, inteko y’abagabo barindwi n’abagore batanu yasanze Kelly w’imyaka 54 ahamwa n’ibyaha icyenda byose birimo ibyaha by’urukozasoni, […]

Hatangiye kugeragezwa ibinini bishobora kuvura no gukingira Covid-19

Uruganda rukora imiti rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Pfizer, ruratangaza ko rwatangiye kugerageza ibinini bishobora kuvura no gukingira Covid-19. Pfizer yavuze ko yatangiye igerageza kugira ngo hamenyekane niba imiti igabanya ubukana bwa Covid-19 yiswe PF-07321332, ishobora gukumira indwara ya Covid-19 ku bantu bakuze bagera ku 2660 bafite ubuzima bwiza baba mu nzu imwe […]

Gasabo: Abantu hafi 60 bafatiwe mu kabari katemerewe gufungura

Ku Cyumweru gishize, itariki ya 26 Nzeri, Polisi yafashe abantu 59 bari mu kabari kitwa Bonk Bar gaherereye mu Murenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo. Nyirako yari yagafunguye binyuranijwe n’amabwiriza ajyanye no gufungura utubari muri ibi bihe byo kurwanya icyorezo cya COVID-19. Polisi yasanze barimo kunywa ndetse banabyina bagahinduye akabyiniro. Aka kabari ni aka […]

RIB transfère le dossier de vice-président de la FRVB au parquet

Le Bureau des enquĂŞtes du Rwanda (RIB) a transfĂ©rĂ© la semaine dernière l’affaire de Jean de Dieu Bagirishya, le deuxième vice-prĂ©sident en charge des compĂ©titions Ă  la FĂ©dĂ©ration rwandaise de volley-ball (FRVB), au parquet. Le dĂ©veloppement a Ă©tĂ© confirmĂ© lundi par le porte-parole de RIB, Thierry Murangira. “Oui, c’est vrai, le cas de Bagirishya a […]

Depite Ssegirinya ushinjwa uruhare mu bwicanyi bw’imihoro muri Masaka yarekuwe

Urukiko mpuzamahanga ruburanisha ibyaha by’ubugizi bwa nabi ruyobowe n’umucamanza Suzan Okalany rwategetse irekurwa ry’umudepite uhagarariye Kawempe y’Amajyaruguru, Mohammed Ssegirinya, wari ufungiye muri gereza ya Kigo nyuma y’aho Depite Nsaja Patrick uhagarariye Nsaja y’Amajyepfo yemeye kumwishingira asimbura Francis Zaake. Hon. Zaake kuri ubu utari mu gihugu, yari yariyemeje guha kwishingira mugenzi we ariko ananirwa kwitaba bityo […]

Gen Tumukunde ari gukorwaho iperereza

Lt Gen. (Rtd) Henry Tumukunde, wigeze kuba minisitiri w’umutekano wa Uganda, akurikiranweho n’igipolisi guhohotera umuturage mu Karere ka Wakiso, amuziza kunyura mu isambu ye. Bivugwa ko ibi byabaye ku itariki ya 19 Nzeri 2021 saa kumi n’imwe ubwo Gen. Tumukunde yakubitaga uwitwa Willy Jasimwa w’imyaka 29 akoresheje inkoni amushinja kunyura mu isambu ye nk’uko byatangajwe […]

Covid-19: U Rwanda rumaze gukingira 10% by’abaturage barwo

U Rwanda rwageze ku ntego mpuzamahanga y’ukwezi kwa Nzeri yo gukingira Covid-19 abagera ku 10% bya miliyoni 12,9 z’abaturage barwo ndetse ubu rukaba ruri mu bihugu Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uvuga ko byagendwa nta kwikanga. U Rwanda rumaze gukingira 2,029,038 by’abaturage barwo bamaze kubona doze ya mbere, naho 1,466,966 bari bamaze kubona doze zose ku […]

Palestina: Umudepite wari umaze imyaka 2 afunzwe na Israel yarekuwe aruhukira ku irimbi

18436963494e54ae6cfee633b96d529d44b3e4f0.jpg

Umunyapolitikikazi, wari umuyobozi wa Sosiyete Sivile ndetse wanabarizwaga mu Nama Nshingamategeko ya Palestina (Palestinian Legislative Council), Khalida Jarrar, wari umaze imyaka ibiri afunzwe na Israel yarekuwe aruhukira ku irimbi ahashyinguye umukobwa we atabashije gushyingura. Abayobozi ba Israel barekuye Jarrar w’imyaka 58 kuri iki Cyumweru nyuma ya saa sita bamunyuza kuri bariyeri yo mu burengerazuba bw’Umujyi […]

Burundi: Habonetse imirambo n’inkomere zirimo izivuga Ikinyarwanda

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, mu duce twa Ruhembe na Nderama muri Zone Bumba, ho muri Komini Bukinanyana na Gafumbeti, no muri Zone Butahana muri Komini ya Mabayi, mu mu Ntara ya Cibitoke, hatoraguwe imirambo ine mu gihe abandi bantu 13 bakomeretse babonwe n’abaturage mbere yo gufatwa n’abashinzwe umutekano. Muri abo bantu bapfuye ndetse n’abakomeretse […]

Sudani iravuga ko yasubije inyuma ingabo za Ethiopia

Igihugu cya Sudani kiravuga ko cyasubije inyuma ingabo za Ethiopia zagerageje kwinjira ku butaka bwacyo, aho Umugaba mukuru w’ingabo, Gen. Abdel Fattah al-Burhan, avuga ko ibi bigaragaza ko igisirikare kikirinze igihugu nyuma yo kugerageza guhirika ubutegetsi mu cyumweru gishize. Mu itangazo yasohoye, Sudani yavuze ko ibi byabereye mu Karere ka Umm Barakit. Igisirikare cya Ethiopia […]

Abadage bazindukiye mu matora yo gushaka uzasimbura Merkel umaze imyaka 16 ku butegetsi

Kuri iki cyumweru, itariki 26 Nzeri 2021, mu gihugu cy’u Budage baramukiye mu matora yitabiriwe na miliyoni mirongo z’Abadage bagiye guhitamo Chancellier mushya uzasimbura Angela Merkel umaze imyaka 16 ku buyobozi. Aya matora ni aya mbere kuva u Budage bw’uburasirazuba n’ubw’uburengerazuba byakongera kwiyunga mu 1990, Angela Merkel atazaba arimo nk’umukandida. Perezida w’u Budage (wo ku […]

Chameleone yatangiye kwibasira Bobi Wine nyuma yo guhabwa Range Rover na NRM

Umuhanzi Jose Chameleone yatangije ibitero bikaze ku muhanzi mugenzi we wabaye umunyapolitiki, Bobi Wine n’ishyaka rye NUP, nyuma yo guhabwa n’ishyaka NRM imodoka ya Range Rover bamwe bafashe nko kumuhonga kugirango yitandukanye n’iri shyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi. Chameleone yagabye igitero kuri NUP kuwa Gatanu ushize kuri imwe muri televiziyo zo muri Uganda. Ubwo yasubizaga ku […]

Abatalibani bishe abantu bamanika imirambo mu mujyi rwagati

body1.jpg

Abatalibani bavuga ko bishe abagabo bashinjwa gushimuta abantu nyuma yo kurasana na bo barangiza bakamanika imirambo yabo ku karubanda ngo bibere isomo abandi. Abo bantu bishwe bamanitswe ahantu hahurira abantu benshi mu Mujyi wa Herat, aho iki gikorwa cyabaye nyuma y’umunsi umwe gusa umuyobozi wuzwi cyane mu Batalibani atangaje ko ibihano bikakaye nko kunyonga cyangwa […]

Abarema isoko rya Rugerero baracyanyagirwa baratanze amafaranga yo kuryubaka

Abarema isoko rya Rugerero mu Karere ka Nyaruguru, mu Ntara y’Amajyepfo, bahangayikishijwe n’imvura igwa ikabanyagira kandi baragiye batanga amafaranga banatunda amabuye byo kuryubaka bakaba basaba ko ryakubakirwa. Iri soko rirema kabiri mu cyumweru kandi rikitabirwa riherereye mu Murenge wa Kivu muri Centre y’ubucuruzi ya Rugerero, Abarirema ariko bahuriza ku kuba imvura igwa bakabura aho bayikinga […]

Burundi: Alexis Sinduhije yihakanye RED-Tabara ariko ashyigikira ibikorwa byayo

Umunyapolitiki, Alexis Sinduhije, umuyobozi w’ishyaka MSD, ryabujijwe gukorera ku butaka bw’u Burundi, ndetse washyizwe mu majwi mu bashatse guhirika ubutegetsi mu 2015 akaba aherutse gushyirirwaho impapuro zo kumuta muri yombi ashinjwa uruhare mu bitero bya grenade biherutse kwibasira igihugu, yihakanye umutwe wa RED-Tabara ubutegetsi bwakomeje kumushinja kuba ari we uwuyobora. Alexis Sinduhije yahakanye yivuye inyuma […]

Andrew Mwenda waketsweho ubutinganyi yaba ari mu rukundo na mubyara wa Janet Museveni

sqsq.jpg

Nyuma y’igihe kirekire umunyamakuru w’icyamamare muri Uganda, Andrew Mwenda akekwaho kuba umutinganyi kubera ko adakunze kugaragara ari kumwe n’igitsina gore, kuri ubu aravugwaho kuba ari mu rukundo na mubyara w’umufasha wa perezida Museveni, Janet Kataaha Museveni. Mu myaka ishize, umunyamakuru Andrew Mwenda ufite ikinyamakuru The Independent, yigeze kwemera ibyo yavugwaho (ariko asa nk’ubishongoraho) na bamwe […]

Hagaragajwe impamvu zikibangamira umusaruro w’amashuri y’ubumenyingiro

Ibyavuye muri ubu bushakashatsi bigaragaza ko imikoreshereze mibi y’ibikoresho bigenerwa amashuri y’ubumenyingiro (TVET) ndetse na ruswa nibyo bibangamiye umusaruro witezwe muri aya mashuri nk’uko byagaragajwe mu bushakashatsi ku miyoborere y’ibi bigo bwakozwe na Transparency International Rwanda bwamuritswe kuri uyu wa Kane, itariki 23 Nzeri 2021. Ubu bushakashatsi bwerekana ko ruswa ikigaragara muri ibi bigo ahanini […]

Kagame au Mozambique pour une visite de travail de deux jours

fac6r_7uyba9yio-2.jpg

Le prĂ©sident Kagame est arrivĂ© vendredi 24 septembre Ă  Pemba, la capitale de la province de Cabo Delgado au Mozambique, alors qu’il entamait sa visite de travail de deux jours dans le pays. Le premier jour de sa visite, le prĂ©sident Kagame devrait s’adresser aux troupes rwandaises dĂ©ployĂ©es au Mozambique. s’adressant aux forces rwandaises dĂ©ployĂ©es […]

Depite Ssewanyana yongeye gutabwa muri yombi na UPDF nyuma yo kurekurwa

Igisirikare cya Uganda, UPDF, kuri uyu wa Kane cyataye muri yombi Depite Allan Ssewanyana uhagarariye Makindye y’Uburengerazuba kuko hari ibindi birego agomba gusubiza nyuma y’aho yari yarekuwe muri gereza ya Kigo we na mugenzi we, Muhammad Ssegirinya, uhagarariye Kawempe y’Amajyepfo mu nteko bamaze ibyumweru bibiri bafungiyemo. Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig. Flavia Byekwaso, yatangaje ko […]

Amafoto: Perezida Kagame yageze muri Cabo Delgado mu mwambaro wa gisirikare

fac6r_7uyba9yio.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Mozambique, yageze mu Ntara ya Cabo Delgado, imaze iminsi iberamo ibikorwa by’ingabo z’u RWanda byo guhashya ibyihebe byari bimaze imyaka isaga itatu biyigaruriye Aherekejwe na mugenzi we wa Mozambique, Felipe Nyusi, kuri uyu wa Gatanu, itariki 24 Nzeri, umukuru w’igihugu akaba yaganiriye n’abasirikare n’abapolisi b’u […]

Hari abasanga u Bubiligi nabwo buhamwa n’ibyaha nk’ibyahamijwe Paul Rusesabagina

Ubutabera buherutse gusoza urubanza rwaregwagamo abarimo Paul Rusesabagina, bamwe bafata nk’intwari, baregwaga ibyaha by’iterabwoba byakorewe ku butaka bw’u Rwanda, aho bimwe mu bimenyetso byagendeweho mu kumuhamya ibyaha byakuwe mu Bubiligi bigizwemo uruhare n’abakora mu nzego z’ubucamanza b’Ababiligi, aho hibazwa niba iki gihugu nacyo kitaba gihamwa n’ibyaha nka Rusesabagina. Mu gihe abagizweho ingaruka n’ibitero by’umutwe wa […]

Goma: Abasirikare bakuru basaga 10 bagejejwe imbere y’urukiko

Abasirikare bakuru 11 ba FARDC kuri uyu wa Kane batangiye kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare rwa Goma, muri Kivu y’Amajyaruguru ku cyaha cyo kugerageza guha ruswa abagenzuzi ba gisirikare bari bagiye kubakoraho iperereza ku inyerezwa ry’amafaranga yari agenewe ibikorwa bya gisirikare muri ibi bihe muri iyi ntara hari ubuyobozi bwa gisirikare. Umunyamakuru wa Radio Okapi aravuga […]

Umupolisi Derek Chauvin wishe Umwirabura George Floyd yajuririye igihano yahawe

b27574691b5e326fae65842270012e5d.jpg

Derek Chauvin wahoze mu Gipolisi cya Minneapolis wahamijwe icyaha cyo kwica Umwirabura George Floyd, yajuririye igihano yahawe atanga impamvu zigera kuri 14 ashingiraho ku rubanza rwe rwavuzwe cyane mu itangazamakuru muri uyu mwaka rufitanye isano n’ivanguraruhu rikomeje gufata intera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iyicwa ry’umugabo w’Umwirabura, Floyd w’imyaka 46 y’amavuko muri Gicurasi 2020 […]

Amashashi aturuka mu Rwanda arimo guhumanya Uganda – Minisitiri Anywar

Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’ibidukikije muri Uganda, Beatrice Anywar arasaba gufata ingamba zisumbuye zo kurwanya ibikorwa byangiza ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, ari nako yemeza ko amashashi ava mu Rwanda arimo kwangiza igihugu cye. Ngira isoni iyo ndimo gukorera urugendo muri KLM, iyo ugeze mu Rwanda, bakubwira gusiga amashashi yose mu ndege kuko atemewe […]

Le Ministre Rwandais des Affaires Etrangères a rencontré son homologue Burundais

Le Ministre Rwandais des Affaires Etrangères et de la CoopĂ©ration Internationale, le Dr Vincent Biruta, a rencontrĂ© son homologue Burundais Amb. Albert Shingiro en marge de la 76e AssemblĂ©e gĂ©nĂ©rale des Nations Unies Ă  New York, aux États-Unis. Les deux responsables “ont Ă©changĂ© sur des questions de relations bilatĂ©rales entre nos deux pays, et la […]

Indege z’intambara z’u Bushinwa zikomeje kuvogera ikirere cya Taiwan

Minisiteri y’ingabo muri Taiwan ivuga ko ingabo zirwanira mu kirere z’iki gihugu zongeye kwihanangiriza indege 19 z’u Bushinwa zavogereye ikirere cyacyo mu gihe hakomeje gututumba umwuka mubi mu kigobe cya Taiwan. Kuri uyu wa Kane, iyi minisiteri yavuze ko indege z’u Bushinwa zavogereye ikirere cya Taiwan zirimo iz’indwanyi 12 zo mu bwoko bwa J-16 ndetse […]

Uwazimiye muri za 70 yongeye kubona inzira imusubiza mu rugo nyuma y’imyaka 47

Umugabo w’Umunyakenya kuri ubu ufite imyaka 70 y’amavuko witwa James Mwaura, wazimiye muri za 70 ubwo yari agiye guhahira umuryango we wari utuye ahitwa Molo muri Nakuru, ubwo yari afite imyaka 23, amaherezo yabonye inzira imusubiza mu rugo nyuma y’imyaka 47 abifashijwemo na facebook. Nk’uko tubikesha CitizenDigital, uyu mugabo yabuze inzira imusubiza mu rugo ubwo […]

Ibiro by’Umuvunyi byahagurukiye ruswa ikomeje kuvugwa mu bakozi ba leta

Ibiro by’Umuvunyi biri gukora iperereza ku birego bya ruswa mu bakozi ba Leta, cyane cyane mu bijyanye n’amasoko ya Leta n’ibikorwa remezo. Ibi bije bikurikira raporo iheruka gukorwa na Transparency International Rwanda (TIR), yasohotse muri uku kwezi yashyize mu majwi cyane izo nzego zombi. Raporo yiswe ‘ubushakashatsi bw’ibanze ku bunyangamugayo no gukorera mu mucyo muri […]

Perezida Museveni yafunguye insengero utubari n’amashuri bikomeza gufunga

Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Museveni yategetse ko ko insengero, zari zimaze ukwezi hafi n’igice zifunze, zifungurwa, ariko hubahirizwa byimazeyo uburyo bukoreshwa (SOP) kugira ngo hatabaho ikwirakwizwa rya coronavirus, anafungura za casinos, imikino y’amahirwe n’ahakorerwa siporo ariko amashuri akomeza gufungwa. “Ahantu ho gusengera ubu hashobora gufungurwa hifashishijwe amabwiriza akomeye nko; gushyiraho umubare ntarengwa w’abantu 200 […]

U Rwanda rwaje ku mwanya wa kane mu hantu habereye ishoramari muri Afurika

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa kane mu gukurura ishoramari muri Afurika ukurikije urutonde ruheruka gukorwa na Rand Merchant Bank (RMB). RMB ni banki iyoboye y’amasosiyete n’ishoramari muri Afurika, ikaba imwe mu zigize Firsthand Bank, imwe mu bigo by’imari binini ku mugabane wa Afurika. Mu rutonde rwayo rwa 2021 rw’ibihugu 10 bya mbere bikurura ishoramari […]

Umuyobozi wa IMF ari mu mazi abira kubera amakosa yaba yarakozwe akiyobora Banki y’Isi

Komite ishinzwe imyitwarire y’abakozi y’ikigega mpuzamahanga cy’imari yahuye n’inama nyobozi y’iki kigega kugira ngo baganire ku ntambwe ikurikira mu gusuzuma uruhare rw’umuyobozi ushinzwe imiyoborere Kristalina Georgieva mu “ntenge zagaragaye mu gutanga amakuru” mu gihe yayoboraga Banki y’Isi nk’uko bitangazwa na Reuters. Ku wa 21 Nzeri, umuvugizi wa IMF, Gerry Rice, yagize ati: “Inama y’ubutegetsi yaganiriye […]

Abanyahayiti birukanwe muri Amerika bahondaguye abapilote bari babacyuye

Kuri uyu wa Kabiri, Abanyahayiti birukanwe muri Amerika bageze iwabo muri Port-au-Prince bafata abapilote b’Abanyamerika bari babatwaye ndetse n’abakozi b’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka barabahondagura barabakomeretsa. Imvururu zadutse nyuma gato yuko indege yari itwaye abagabo bakuze yari igeze muri Haiti maze abo yari ijyanye bashyikirizwa abayobozi ku bayobozi ba Haiti ku kibuga cy’indege. Nk’uko bitangazwa na […]

Ouverture des bars 18 mois après la fermeture

Le conseil des ministres du mardi 21 septembre a dĂ©cidĂ© d’ouvrir les bars progressivement, suite Ă  la rĂ©duction des cas de Covid-19 dans le pays. C’est la première fois que des bars ouvrent depuis l’Ă©pidĂ©mie de Covid-19 au Rwanda il y a 18 mois. Les heures de couvre-feu dans la ville de Kigali ont Ă©galement […]

Imodoka y’umwe mu bajyanama bakuru ba Perezida Zelenskyy wa Ukraine yarashweho

3500-3.jpg

Imodoka y’umuntu wegereye bya hafi Perezida Volodymyr Zelenskyy wa Ukraine kuri uyu wa Gatatu yarashweho urufaya rw’amasasu mu cyo ubuyobozi bufata nko kugerageza kumwivugana. Amasasu agera ku 10 ni yo yafashe imodoka yari itwaye uyu muntu wa hafi mu bafasha perezida (Principal Aide) ubwo yari igeze hafi y’agace ka Lesnyky, mu birometero nka bitanu usohotse […]

Hafashwe umwarabu ushinjwa kuba yatozaga inyeshyamba za ADF gukoresha drones

Umunyamahanga ukomoka mu gihugu cya Jordan mu Burasirazuba bwo Hagati, bivugwa ko ari mu batoza inyeshyamba za ADF, yatawe muri yombi n’abayobizi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo, afatiwe ku muhanda usanzwe atari nyabagendwa wo muri Beni nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri. Patrick Muyaya, Umuvugizi wa Guverinom ya Congo yagize ati “Igisirikare cyafashe Umunya-Yorodani […]

Bamwe mu bicanyi ruharwa babayeho barimo umugore waba warishe abantu 650

ted_bundy.jpg

Kuri iyi Isi hari abantu bagiye babaho wavuga ko bavukanye umuvumo w’ubwicanyi cyangwa inyota yo kwica bagiye baba abicanyi ruharwa, nk’abo tugiye kurebera hamwe bagiye babayeho mu mateka bivugwa ko ari bamwe mu bicanyi ruharwa kugeza ubu bamenyekanye nk’uko tubikesha Wikipedia. Ted Bundy Theodore Robert Bundy yari umwicanyi ruharwa w’Umunyamerika, ushimuta, ufata ku ngufu, wibasiye […]

U Bufaransa: Uwahoze ari minisitiri yabitswe akiri muzima

Paul Quilès,wahoze ari minisitiri kubwa Perezida François Mitterrand, kuri uyu wa Kabiri, itariki 21 Nzeri 2021 yabitswe akiri muzima, binyomozwa n’umwe mu bakobwa be. Uyu mugabo wahoze ari umuyobozi w’ibikorwa byo kwiyamamaza bya François Mitterrand mu 1981, wabaye minisitiri mu myaka ya 80 na 90, byatangajwe ko yapfuye kubera kwibeshya nk’uko iyi nkuru dukesha RFI […]

RDC: Major Kenga na mugenzi we Jacques Mugabo mu rubanza ku iyicwa rya Chebeya

Major Christian Ngoy Kenga Kenga n’umurinzi we, Jacques Mugabo, bakatiwe badahari ku rwego rwa mbere igihano cy’urupfu n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare mu 2011 mu rubanza rw’iyicwa ry’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu Floribert Chebeya (uri ku ifoto) n’umushoferi we Fidèle Bazana, kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 22 Nzeri , 2021 baritaba ku nshuro ya mbere mu […]

HRW yanenze uko urubanza rwa Rusesabagina rwagenze kugeza ku musozo

Umuryango Mpuzamahanga uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Human Rights Watch, uravuga ko Paul Rusesabagina, yahamijwe ibyaha nyuma y’urubanza rwaranzwe n’intenge zirimo kuba ubutabera bwarakoreshejwe na guverinoma y’u Rwanda. Uyu akaba yakatiwe imyaka 25 y’igifungo kuri uyu wa Mbere, igihano kitanyuze ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa burundu. Kuri uyu wa 20 Nzeri 2021 nibwo Urukiko Rukuru, urugereko ruburanisha […]

Afurika y’Epfo: Hasubukuwe urubanza rwa ruswa ruregwamo Jacob Zuma

Urukiko rwo muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa Kabiri, itariki 21 Nzeri 2021, rwasubukuye urubanza rwa ruswa ruregwamo uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Jacob Zuma, rufitanye isano n’igurwa ry’intwaro zifite agaciro ka miliyari 2 z’Amadolari. Uru rubanza ku masezerano yo kugura intwaro yo muri za 90 rwagombaga gutangira muri Gicurasi, nyuma yo gusubikwa inshuro nyinshi, […]

Le parquet “insatisfait” de la dĂ©cision de justice dans l’affaire Rusesabagina

L’AutoritĂ© nationale des poursuites pĂ©nales (NPPA) a exprimĂ© son mĂ©contentement Ă  l’Ă©gard de la dĂ©cision rendue dans le procès terroriste du FLN impliquant Paul Rusesabagina et ses coaccusĂ©s. Peu de temps après le verdict condamnant Rusesabagina Ă  25 ans de prison, Faustin Nkusi, porte-parole de la NPPA, s’est fĂ©licitĂ© du fait qu’aucun des accusĂ©s n’ait […]

Hahishuwe uko Israel yishe umuhanga wa Iran ikoresheje machine gun yagenzurirwaga kure

d71b7d1b2273543e3d4200141803eb31.jpg

Amakuru yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri yahishuye ko igihugu cya Israel cyishe uwafatwaga nk’umuhanga wari ukuriye abandi ba Iran mu bijyanye na gahunda zo gutunganya ingufu za kirimbuzi ikoresheje uburyo budasanzwe, aho yakoresheje imbunda yo mu bwoko bwa machine gun yagenzurirwaga kure hakoresheje ikoranabuhanga. Mohsen Fakhrizadeh yari ku rutonde rw’abantu batagomba kubaho rwa Israel […]

Urukiko rw’u Burayi rwemeje ko u Burusiya ari bwo bwivuganye intasi yabwo, Litvinenko

Urukiko rw’Uburenganzira bwa Muntu rw’u Burayi rwemeje ko u Burusiya ari bwo bwiciye i Londre mu 2006 Alexander Litvinenko, wigeze kuba intasi yabwo. Litvinenko yahoze ari umukozi w’urwego rw’ubutasi rw’u Burusiya ruzwi nka FSB rwasimbuye, KGB, mbere yo kujya gukorana n’urwego rw’ubutasi rw’Abongereza ruzwi nka Mi6 amaze guhungira mu Bwongereza. Yaje gupfa urupfu rubabaje nyuma […]

Impanuka y’ubwato mu Kiyaga cya Kivu yahitanye 7 bamwe baburirwa irengero

Abantu barindwi bapfuye abandi benshi baburirwa irengero nyuma y’impanuka y’ubwato bwarohamye mu Kiyaga cya Kivu mu ijoro ryo ku Cyumweru, itariki 19 Nzeri, ahegereye Ruhunde, muri Teritwari ya Kalehe, muri Kivu y’Amajyepfo. Aya makuru yemejwe kuri uyu wa Mbere, itariki 20 Nzeri na Pascal Cimana, umuyobozi wungirije wa Teritwari ya Kalehe avugana na 7sur7.cd dukesha […]

Ruswa ivugwa mu nzego z’ubutabera, gutinza imanza, ubucucike mu magereza- Ibitegereje Minisitiri mushya w’ubutabera

Ubutabera ni inkingi ya mwamba mu gukumira no kurwanya akarengane na ruswa kuko iyo butanzwe bugira umumaro ukomeye mu iterambere ry’Igihugu, amahoro, n’uburenganzira bwa muntu bigatuma abaturage batekana kuko baba bumva bakingiwe n’amategeko, ariko mu butabera bw’u Rwanda haracyavugwa ibibazo nk’ibya ruswa, gutinza imanza n’ubucucike mu magereza bitegereje minisitiri mushya w’ubutabera, Dr Emmanuel Ugirashebuja Ruswa […]

Urukiko rwasanze Rusesabagina ahamwa n’ibyaha yari akurikiranweho

Mu gihe hategerejwe umwanzuro w’urukiko kuri uyu wa 20 Nzeri 2021, Urukiko Rukuru rwasanze Paul Rusesabagina ahamwa n’icyaha cyo kuba mu itsinda ryagize uruhare mu bitero by’iterabwoba byagabwe ku butaka bw’u Rwanda hagati ya 2018 na 2019. Rusesabagina na bagenzi be bagera kuri 20 baregwa ibyaha bifitanye isano n’ibikorwa by’iterabwoba byagabwe ku butaka bw’u Rwanda, […]

Ibihugu 10 byibasiwe na Coronavirus kurusha ibindi ku Isi

Kuva icyorezo cya Covid-19 cyagaragara mu Isi mu mpera za 2019, kimaze guhitana abantu basaga miliyoni 4,5 mu gihe abamaze kucyandura basaga miliyoni 219 ku Isi yose. Dore ibihugu 10 bya mbere byibasiwe kurusha ibindi Leta Zunze Ubumwe za Amerika Umubare w’abanduye: 42,900,906 Abanduye kuri miliyoni: 128,691 Abapfuye bose: 691,880 Abapfuye muri miliyoni: 2,075 Abakirwaye: […]

U Burusiya: Umuntu witwaje imbunda yishe abanyeshuri muri Kaminuza

perm.jpg

Abayobozi b’u Burusiya baravuga ko kuri uyu wa Mbere umugabo witwaje imbunda yarashe akica abantu 8 abandi 6 bagakomereka muri Kaminuza iherereye mu Mujyi wa Perm. Uyu muntu warashe yahise atabwa muri yombi. Ibiro ntaramakuru bya leta, TASS, byavuze ko hari bamwe mu banyeshuri basimbutse mu igorofa banyuze mu madirishya ubwo bumvaga umurashi arimo kurasa. […]

Umusaza w’imyaka 90 akurikiranweho gufata ku ngufu abuzukuru be

Igipolisi cya Dedza mu gihugu cya Malawi cyataye muri yombi umusaza w’imyaka 90 ushinjwa gusambanya abuzukuru be babiri b’imyaka 10 na 11. Umuvugizi wungirije w’igipolisi muri Dedza, Sgt. Cassim Manda, avuga ko uyu musaza witwa Lester Dunken yasambanyije ku ngufu abuzukuru be babiri inshuro nyinshi muri aka karere. Bivugwa ko ku itariki ya 18 Nzeri […]

Le chef d’Ă©tat-major de l’armĂ©e rwandaise en visite Ă  Cabo Delgado

Le chef d’Ă©tat-major de l’armĂ©e rwandaise (ACOS), le lieutenant gĂ©nĂ©ral Mubarakh Muganga, effectue une visite de 4 jours aux forces rwandaises dĂ©ployĂ©es Ă  Cabo Delgado, au Mozambique. Ă€ son arrivĂ©e Ă  Mocimboa da Praia hier, le Lt Gen. Muganga a Ă©tĂ© accueilli par le commandant de la force conjointe, le major gĂ©nĂ©ral Innocent Kabandana, qui […]

Burundi: Igitero cya grenade mu murwa mukuru cyahitanye abantu babiri

Byibuze abantu babiri bahitanwe n’igitero cya grenade mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru mu murwa mukuru wa politiki w’u Burundi, Gitega, mu gihe abandi benshi bivugwa ko bakomeretse. Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko iki gitero cya grenade kibasiye akabari gakunze kuba karimo abayoboke b’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD. Ni akabari gaherereye ku muhanda Gitega-Ngozi-Muyinga, […]

Museveni yahonze Chameleone Range Rover nshya yitandukanya na NUP ya Bobi Wine

Umuhanzi Jose Chameleone wigeze kwiyamamariza kuba Meya wa Kampala agatsindwa, yatangaje ku mugaragaro ko ari umuyoboke wa nyawe w’ishyaka NRM riri ku butegetsi muri Uganda, nyuma yo kwakira imodoka nshya yo mu bwoko bwa Range Rover yahawe n’iri shyaka ngo yitandukanye n’ishyaka NUP rya Bobi Wine. Uyu muhanzi w’icyamamare muri Uganda no mu karere yatangaje […]

Kuri uyu wa Mbere nibwo Paul Rusesabagina amenya igihano ahabwa n’urukiko

Kuri uyu wa Mbere italiki ya 20 Nzeri 2021, nibwo urubanza rwari rumaze amezi arindwi rwa Paul Rusesabagina n’abo areganwa na bo ruzasomwa nyuma y’aho isomwa ryarwo ryari riteganyijwe ku ya 20 Kanama risubitswe. Isomwa ry’uru rubanza ryari ryasubitswe kuko urukiko rwari rutararangiza kwandika urwo rubanza ruhuza abantu benshi kandi rukaba rugomba kwandikanwa ubushishozi. Uru […]

Umudogiteri yishe abana be akoresheje imiti nawe agerageza kwiyahura

Igipolisi cya Kenya mu ntara ya Nakuru kiri gukora iperereza ku mahano y’umuganga (doctor) ushinjwa kwica abana be babiri, bafite imyaka itatu n’itanu, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu yarangiza agashaka kwiyahura ntibimukundire. Umuyobozi wa polisi muri Nakuru, Beatrice Kiraguri yatangarije The Standard ko iperereza ry’ibanze ryerekana ko muganga yateye abana imiti itaramenyekana, ikabaviramo […]

Abasirikare 15 ba Cameroun bishwe n’inyeshyamba zikoresha Icyongereza

Imibare y’abasirikare ba Cameroun baherutse kwicirwa kuwa Kane ushize mu gico cy’abantu bitwaje intwaro baharanira ubwigenge bw’abaturage bakoresha Icyongereza ikomeje kuzamuka, aho bavuye ku 10 bakagera kuri 15. Minisiteri y’ingabo yavuze ko imodoka z’abasirikare bari bafite inshingano zo “kurinda amashuri n’ahandi hantu h’ingenzi” mu gace ka Bamessing, yagabweho igitero cy’iterabwoba ry’amacakubiri. Imibare ivuga ko hapfuye […]

Visi perezida Ruto yaciye bugufi imbere ya Kenyatta yemera ubwiyunge

_119170928_mediaitem119170927.jpg

Visi Perezida wa Kenya, William Ruto aravuga ko yiteguye kwiyunga na Perezida Uhuru Kenyatta nta mananiza ayo ari yo yose abanje gushyiraho nyuma y’uko akomeje guhura n’ibibazo bitandukanye kubera umwuka mubi umaze igihe hagati ye n’umukuru w’igihugu wagiye unamugiraho ingaruka zirimo kubuzwa gusohoka mu gihugu no kwamburwa abarinzi. Ibi yabitangaje kuwa Kane ushize, itariki 16 […]

Indege ya Air France yasubiye i Beijing igitaraganya nyuma y’iminota ihagurutse

Indege ya Air France yerekezaga i Paris mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu yasubiye inyuma igitaraganya nyuma gato yo guhaguruka i Beijing nyuma y”ikibazo cya tekiniki”, ariko ibasha kugwa neza nk’uko byemezwa n’iyi kompanyi. Abapilote b’iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing-777, “bahisemo gusubira i Beijing nyuma y’iminota 14 indege ihagurutse kubera ko hagaragaye […]