Iby’ingenzi byaranze itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1992 –Igice cya II

Raporo yagaragazaga ko abantu 16.239 bari baravuye mu byabo bahungira ku nyubako zinyuranye za Leta n’iz’amadini i Nyamata, Maranyundo, Ruhuha, Musenyi, Karama, Gitagata, Mayange, Rango, Ntarama, Murago, Kigusa na Kayenzi. Komisiyo yari igizwe na: – François Karera, SuPerefe, ari na we wari uyikuriye; – Dancille Mukarushema, Supererefe kuri Perefegitura ya Kigali; – Djuma Gasana, SuPerefe […]

Umwe mu bapolisi bahohoteye umusirikare wa Amerika wirabura yirukanwe mu kazi

capture-6.jpg

Nk’uko byatangajwe ku mugaragaro, umwe mu bapolisi babiri bo muri Virginia bashinjwa guhohotera umusirikare wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, S/Lieutenant Caron Nazario banamutunze imbunda zabo ndetse akanamutera ibintu mu maso ubwo bari bamuhagaritse ari mu modoka ye, yirukanwe mu kazi. Umupolisi Joe Gutierrez yahagaritswe ku mirimo ye nyuma y’iperereza ryemeje ko atakurikije amabwiriza yashyizweho […]

FARDC iremeza ko ubu igenzura ibice byose bya Masisi byari mu maboko y’inyeshyamba

Igisirikare cya repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, kiremeza ko kuri ubu kigenzura ibice byose bya teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru byagenzurwaga n’inyeshyamba. Ibi byemejwe na Major Guillaume Ndjike Kaiko, Umuvugizi w’ibikorwa bya Sokola 1, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Goma kuwa Gatandatu ushize, itariki 10 Mata 2021. Ibi kandi byatangajwe nyuma y’amakuru yari […]

Tariki ya 12 Mata 1994: Uko Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe hirya no hino mu gihugu

Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 12 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi kuri iyi tariki mu 1994. 1. Frodouald Karamira na MDR-Power bahamagariye Abahezamguni b’Abahutu kwica Abatutsi Tariki ya 12/4/2020, Karemera Frodouald wa […]

Abasilamu bo muri Kenya ntibishimiye umupira Jay-Z aherutse kugaragara yambaye

_117869296_94da0b35-f00b-4364-ab17-0217fab6ea8e_1_.jpg

Umuhanzi w’imideri w’Umunyamerika yasabye imbabazi ku kuba yarakoresheje ifoto y’umusigiti w’amateka uherereye ku kirwa cya Lamu, muri Kenya, kuri T-Shirt umuraperi w’Umunyamerika, Jay-Z, aherutse kugaragara yambaye nk’uko umuyobozi w’uyu musigiti yabitangarije BBC. Abayobozi b’umusigiti wa Riyadha bavuze ko bababajwe nuko iyi T-shirt ishobora kwambarwa “ahantu hatagatifu” nko mu tubari. Umuyobozi w’umusigiti ati: “Twemeye ibaruwa isaba […]

Ubwoko bwa Covid-19 bwo muri Afurika y’Epfo bushobora gufata uwahawe urukingo rwa Pfizer – Ubushakashatsi

Ubwoko bwa Coronavirus bwavumbuwe muri Afurika y’Epfo bushobora gufata uwahawe urukingo rwa Pfizer-BioNTech ku rugero runaka, nk’uko ubushakashatsi bwakozwe muri Israel bwabyerekanye. Ubu bushakashatsi buvuga ko ubwoko bwa coronavirus yo muri Afurika y’Epfo bwashoboye kwinjira mu burinzi butangwa na doze ebyiri z’urukingo rwa Pfizer-BioNTech ku rugero runaka, nubwo bitarasobanuka neza ubushobozi bwo kurinda butakara. Ubushakashatsi […]

Burundi: Abanyemari 2 bavugaga rikijyana kubwa Nkurunziza bari muri gereza kuri dosiye iteye ubwoba

gah.jpg

Abanyemari babiri, Prosper Hakizimana bita Gisiga n’Umunyakenya, Joseph Mboya Nyamuthe, bari inshuti z’akadasohoka z’ishyaka CNDD-FDD ndetse bavugaga rikijyana ku butegetsi bwa Pierre Nkurunziza, kuri ubu barabarizwa muri Gereza Nkuru ya Rumonge nyuma yo gukatirwa kuri uyu wa Kane ushize. Ni abagabo, iperereza ry’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, Pacifique Nininahazwe n’umunyamakuru Bob Rugurika, Umuyobozi wa RPA, ryasanze […]

RDC: Mai-Mai na RED-Tabara birashinjwa gutwika ingo nyinshi mu misozi miremire ya Uvira

Ibiturage bya Kahundwe, Murambi, Marungu, Kitembe, Rukuka na Bibangwa biravugwa ko byagabweho ibitero n’inyeshyamba za Mai-Mai zifatanyije n’inyeshyamba z’Abarundi zo mu mutwe wa Red-Tabara, zigatwika ingo nyinshi, aho abaturage babwiye Kivutimes kuri uyu wa gatandatu ushize ko ibyo bitero byatangiye mu ijoro ryo kuwa Gatanu, itariki 09 Mata bigakomeza no kuwa Gatandatu, itariki 10 Mata […]

Kuwa 11 Mata 1994: Abatutsi barishwe i Nyanza ya Kicukiro, Save, Kiziguro, Hanika n’ahandi

Ingabo z’Ababiligi zataye impunzi z’Abatutsi muri ETO Kicukiro, bicirwa i Nyanza ya Kicukiro Mu kigo cy’ishuri ry’imyuga rya Kigali, (ETO) ryari ishuri ry’abapadiri b’abasalizayani. Kuva 1963 Abatutsi babahungiragaho bakabafasha. Hari hazitije umukwege warasiwemo Abatutsi benshi. Byabaye kuva Abatutsi bageze muri icyo kigo tariki ya 8 Mata 1994 kugeza tariki ya 11/04/1994 bajyanwa kwicirwa I Nyanza […]

Iby’ingenzi byaranze itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1992 –Igice cya I

Mbere gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ubushakashatsi bwa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) bugaragaza ibikorwa bitandukanye byabanje gukorwa hirya no hino mu gihugu byari bigamije kuyitegurira amayira birimo n’ubwicanyi bwibasiye imbaga nko mu Bugesera ahishwe Abatutsi bagera kuri 500 mu ijoro ry’uwa 4 rishyira uwa 5 Werurwe mu 1992. Itangwa ry’intwaro […]

Nyamagabe: Umugabo akurikiranweho gusambanya abana 3 b’imyaka itandatu

Ubushinjacyaha urwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe kuri uyu wa Kane ushize, itariki 08 Mata 2021 bwashyikirijwe dosiye y’umugabo ucyekwaho icyaha cyo gusambanya abana batatu b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka itandatu. Ku itariki ya 21 Werurwe 2021 nibwo mu Mudugudu wa Ramba, Akagali ka Ramba, Umurenge wa Mata, Akarere ka Nyaruguru, hagaragaye uyu mugabo ukurikiranyweho icyaha cyo […]

Kenya: Rev. Natasha, ikizungerezi cy’umuvugabutumwa, cyahishuye umugabo cyifuza

96843860_2715275542088079_7344634182849245076_n.jpg

Reverand Lucy Natasha bivugwa ko ari we muvugabutumwa w’ikizungerezi kurusha abandi muri Nairobi, kuri ubu aravuga ko atari we uzabona abonye umugabo bazashyingirana akamufasha gukomeza gukwirakwiza ubutumwa bwiza. Natasha yahishuye amashyushyu afite yo kurongorwa ubwo yari mu kiganiro Episode 2 of Stori Yangu kinyura kuri televiziyo Maisha Magic kuwa Gatandatu. Uyu muvugabutumwa w’imyaka 29 uzwiho […]

Amafoto: Inkongi y’umuriro yibasiye icyanya cy’inganda muri Kampala

madhvani-warehouse-on-fire.jpg

Igipolisi cya Uganda gishinzwe kuzimya inkongi z’umuriro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu cyahamagajwe mu cyanya cy’inganda giherereye muri Kampala aho inkongi y’umuriro yari yibasiye ububiko butandukanye. Umwotsi mwinshi wagaragaraga mu kirere uturuka mu nganda zimwe mu gihe abashinzwe kuzimya inkongi birukaga bajya gutabara. Nk’uko tubikesha Chimpreports, iyi nkongi bikekwa ko yaba yarahereye mu […]

Kuwa 10 Mata 1994: Bumwe mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi hirya no hino mu gihugu

Abafaransa bakomeje gufasha guverinoma y‘abicanyi yayoborwaga na minisitiri w’intebe Jean Kambanda Kuvana abantu mu Rwanda bajyanwa mu Bufaransa byarakomeje, imfubyi 94 bakomoka mu miryango y’abasirikari ba Habyarimana babaga mu kigo cy’imfubyi “Sainte-Agathe” cyari icya Agata Kanziga, umugore w’uwari Perezida wa Repubulika bajyanwe i Paris banyuze i Bangui. Bari baherekejwe n’abantu 34 umwirondoro wabo ntiwigeze utangazwa. […]

SADC igiye kohereza umutwe w’ingabo muri Mozambique

Umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo muri Afurika yo hagati (SADC) wemeye kohereza umutwe w’ingabo zishinzwe gutabara byihuse (FIB) gufasha igihugu cya Mozambique guhashya umutwe w’iterabwoba ukorana na Islamic State ukomeje guca ibintu mu majyaruguru y’igihugu. Mu itangazo ryasohowe mu Nama idasanzwe y’uyu muryango kuri uyu wa Kane ushize ninjoro, SADC yagaragaje ko yiteguye gufatanya na Guverinoma […]

Nouvel appel au Royaume-Uni pour poursuivre les suspects de génocide

La Haut-Commissaire pour le Rwanda au Royaume-Uni (Royaume-Uni), Yamina Karitanyi, a appelĂ© le Royaume-Uni Ă  faire enregistrer les cinq suspects de gĂ©nocide qui se dĂ©placent librement dans le pays europĂ©en depuis 13 ans. Elle a dit cela le jeudi 8 avril, lors d’une commĂ©moration virtuelle du gĂ©nocide de 1994 contre les Tutsi qui a fait […]

Abasirikare 10 ba Nigeria bishwe n’abantu bitwaje intwaro

Abantu bitwaje intwaro bishe abasirikare 10 n’umuyobozi muri Leta ya Benue iherereye hagati muri Nigeria. “Ingabo za Nigeria zikorera muri Leta ya Benue zagabweho igitero igihe zari mu kazi gasanzwe,” uyu ni umuvugizi w’igisirikare, Mohammed Yerima mu itangazo ryo kuri uyu wa Gatanu ritasobanuye byinshi ku gihe iki gitero cyabereye. Igisirikare cya Nigeria cyavuze ko […]

Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye mu Burundi birafunga imiryango vuba aha

Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye mu Burundi bigiye gufunga imiryango yabyo ku itariki ya 31 Gicurasi, nyuma y’amezi atanu ubutegetsi bw’u Burundi busabye ko ibi biro bifungwa nk’uko byatangajwe n’umunyamabanga Mukuru kuri uyu wa Kane. Ibi biro by’Umuryango w’Abibumbye mu Burundi byagiye biba intandaro y’umwuka mubi hagati ya Loni n’abategetsi b’u Burundi bakomeje kugaragaza ko ibi biro […]

Muhanga: Urukiko rwakatiye umugabo wari ukurikiranweho kwica umugore we

Umugabo witwa Nsengimana Ildephonse wari ukurikiranyweho n’Ubushinjacyaha icyaha cy’ubwicanyi yakoreye umugore we , yahamijwe icyaha Urukiko rumukatira igihano cy’igifungo cya burundu. Uyu mugabo utuye mu mu Mudugudu wa Gasiza, Akagali ka Muyunzwe, Umurenge wa Kinihira, Akarere ka Ruhango, yakatiwe ku itariki 6 Mata 2021 n’Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga. Ni icyaha Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru […]

Yasuzuguwe n’abagabo bakoranye, ubu ni Perezida wa Tanzania – Amateka ya Samia Suluhu

tanzania-2.jpg

Samia Suluhu Hassan wavutse ku itariki 27 Mutarama 1960, ni umunyapolitiki wo muri Tanzania ubaye perezidawa gatandatu wa Tanzania. Ni umuyoboke w’ishyaka CCM (Chama Cha Mapinduzi) riri ku butegetsi kuva igihugu cyabona ubwigenge. Niwe mugore wa gatatu ugeze mu mwanya wo hejuru mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) nyuma ya Sylvie Kinigi mu […]

Umwe mu bahungu ba Lumumba ntakozwa ibyo gusubiza ibisigazwa bya se muri Congo

Mu ibaruwa yandikiwe Umwami w’u Bubiligi urubuga 7sur7.cd rwabashije kubonaho kuri uyu wa Kane, itariki 08 Mata 2021, Guy Patrice Lumumba, umuhungu w’intwari ya Congo, Patrice Emery Lumumba, yitandukanyije n’abifuza ko ibisigazwa by’umurambo wa se bicyurwa bigasubizwa muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nk’uko byari biteganyijwe ku itariki 30 Kamena. Asobanura impamvu adashyigikiye iki gitekerezo, […]

Uko abavandimwe babiri, Tsarnaev, batitije Leta Zunze Ubumwe za Amerika

boston-explosion-m_2537196k.jpg

Ku itariki ya 15 Mata 2013, nibwo haturitse igisasu hafi yo ku murongo wa nyuma abasiganwa muri marathon bagombaga gusorezaho, icyo gihe imihanda ya Boston yari yuzuye abantu bari bitabiriye irushanwa. Abantu batatu igisasu cyarabaturikanye bahise bapfa bakaba bari mu bari baje kureba isiganwa, abarenga 260 barakomeretse,nyuma yaho Polisi yatangiye guhiga bukware abagize uruhare muri […]

Lettre adressĂ©e, par le HCDH, Ă  l’AlgĂ©rie au sujet de l’assassinat Ă  feu de deux orpailleurs sahraouis Ă©voluant dans les camps de Tindouf

Dans une lettre adressĂ©e, en janvier dernier, au ReprĂ©sentant permanent de l’AlgĂ©rie auprĂšs de l’Office des Nations Unies Ă  GenĂšve, par les rapporteurs spĂ©ciaux du Haut-Commissariat aux Droits de l’Homme, ces derniers, ont dĂ©plorĂ© les exĂ©cutions extrajudiciaires de deux rĂ©fugiĂ©s sahraouis nommĂ©s Moha Ould Hamdi Ould Suelem et Ali Idrissi, par les forces de sĂ©curitĂ© […]

Muyinga: Umusirikare yishe umuyobozi w’ibanze nyuma yo gukubitwa n’umusivili

Umugabo witwa Moussa Ntikazokura, uri mu kigero cy’imyaka 40, wari umuyobozi w’agace ka Kabeza mu murwa mukuru w’Intara ya Muyinga (mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’u Burundi, mu ijoro ryo kuwa Kabiri rishyira kuwa Gatatu yishwe n’umusirikare mu ngabo z’u Burundi nawe watawe muri yombi. Nk’uko ubuyobozi bwa Komini Muyinga bubitangaza, ibintu byose byatewe n’imirwano yadutse hagati […]

RDC: Uwahoze akuriye ikigo cy’ubutasi ushakishwa ari guteza utwe rwihishwa

Itangazo rigenewe itangazamakuru rya Fondation Bill Clinton pour la Paix (FBCP) ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatatu, itariki 07 Mata 2021, riravuga ko uwahoze ari umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubutasi cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (ANR), Kalev Mutond, abinyujije ku bunganizi be mu mategeko, arimo kugurisha imitungo ye igizwe n’inzu n’amamodoka I Kinshasa na […]

Ethiopia: Amakimbirane akaze hagati ya leta ya Afar na Somali yaguyemo abagera ku 100

Byibuze abantu 100 biciwe mu makimbirane hagati ya leta ebyiri zigize Ethiopia nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’ibanze muri iki gice. Iyi mirwano yadutse kuwa Gatanu, yakomereje kuri uyu wa Kabiri ushize hagati ya Leta za Afar na Somali nk’uko byemejwe na Ahmed Humed, Komiseri wungirije wa Polisi yo muri Afar. Ali Bedel, Umuvugizi wa Leta ya […]

Burundi: Umugabo n’umugore we bishwe nabi kubera gukekwaho amarozi

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko umugabo n’umugore we bishwe mu ijoro ryo kuwa Kabiri rishyira kuri uyu wa Gatatu muri Zone ya Rubona, Komini Mugina, mu Ntara ya Cibitoke. Aba biravugwa ko bishwe kubera gukekwaho amarozi mu gihe ababishe bahise babura bataramenyekana. Iyi nkuru dukesha SOS Medias Burundi ivuga ko aba bantu […]

France: Minisitiri LeDrian na Meya wa Paris bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi – Amafoto

eyw7evkxeaajsym.jpg

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 07 Mata 2021 mu gihe u Rwanda n’Isi byibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 27, mu gihugu cy’u Bufaransa, Ambasaderi François Ngarambe, aherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Jean Yves LeDrian n’Umuyobozi w’Umujyi wa Paris, Anne Hidalgo, bashyize indabo ku rwibutso rw’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe […]

Neutralisation, en France, d’un projet terroriste imminent grñce à des informations fournies par les Services marocains

La Direction GĂ©nĂ©rale de la Surveillance du Territoire (DGST) a transmis, le 1er avril 2021, aux services de renseignements français extĂ©rieurs et intĂ©rieurs (DGSE-DGSI), des informations prĂ©cises concernant une citoyenne française d’origine marocaine, qui prĂ©parait une opĂ©ration terroriste imminente visant un lieu de culte en France (Ă©glise). Sur la base de ces renseignements, les autoritĂ©s […]

Uganda: Umugabo yishe umugore we akoresheje icumu mbere yo kwiyahura

Igipolisi cya Uganda ahitwa Kajjansi kiri mu iperereza ku rupfu rw’umugabo wishe umugore we amuteye icumu yarangiza nawe akiyahura. Uyu mugabo ushinjwa ubwicanyi no kwiyahura ni uwitwa Bbaale, wateye icumu umugore we, Harriet Nalusiba, bose batuye mu Karere ka Wakiso nk’uko iyi nkuru dukesha Commandonepost ikomeza ivuga. Umuvugizi w’Igipolisi muri Kampala, Luke Owoyesigire yatangaje ko […]

Congo-Brazza: Urukiko rwashimangiye intsinzi ya Perezida Sassou Nguesso uyoboye imyaka 36

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 06 Mata, Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rya Repubulika ya Congo rwemeje ko Perezida Denis Sassou Nguesso yongeye gutorwa nyuma y’ibyavuye mu matora by’agateganyo byamuhaye intsinzi mu byumweru bibiri bishize. Urukiko ruvuga ko Sassou NGuesso yatsinze n’amajwi 88.4 mu gihe uwo bari bahanganye nyakwigendera Guy Brice Parfait Kolelas, yagize 7.96% […]

Ibikorwa byaranze itangiriro rya Jenoside yakorewe Abatutsi ku itariki 07 Mata 1994

Jenoside yakorewe Abatutsi yarateguwe, bikaba bigaragarira mu bikorwa by’ubwicanyi, amagambo y’urwango byayibanjirije, ariko by’umwihariko umugambi wa Jenoside ugaragarira mu buryo ubwicanyi bwatangiriye rimwe mu turere tunyuranye tw’u Rwanda, ubwicanyi busa, bwibasira abatutsi, abana, abakuze, abagore, abarwayi mu bitaro, mu nsengero na za Kiliziya, n’ahandi,… Abateguye Jenoside bamaze guhanura indege ya Habyarimana, Colonel Theoneste Bagosora n’abandi […]

RDC: Abasirikare babiri ba FARDC baguye mu mirwano yabahuje na Raia Mutomboki

Imirwano hagati ya FARDC n’inyeshyamba za Raia Mutomboki kuwa Gatandatu no ku Cyumweru, itariki 04 Mata yaguyemo abasirikare 2 ba leta n’inyeshyamba mu giturage cya Nyatesa muri Gurupoma ya Kalonge, ho muri Teritwari ya Kalehe. FARDC niyo itangaza ko inyeshyamba 4 za Raia Mutomboki ari zo zishwe ku rugamba hagapfa abasirikare babiri bayo. Shasha Rubenga […]

Minisitiri w’Intebe wa Israel yitabye urukiko ku byaha bya ruswa

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu kuri uyu wa Mbere, itariki 05 Mata yitabye urukiko mu rubanza akurikiranwemo ibyaha bya ruswa. Icyiciro cy’urubanza kigomba kugaragarizwamo ibimenyetso cyatangiye kuri uyu wa Mbere mu gihe amashyaka ya politiki muri Israel abonana na perezida kugira ngo harebwe uko hashyirwaho guverinoma nyuma y’amatora adasobanutse yo mu kwezi gushize. Aya […]

Nyuma yo kubura ubuyobozi bwa Kampala, Umuhanzi Chameleone yasubiye ku ishuri

Umuhanzi Jose Chameleone wo mu gihugu cya Uganda biravugwa ko yasubiye ku ishuri nyuma y’igihe kirekire yaratwawe n’umuziki. Uyu muhanzi mu mazina ye nyakuri witwa Joseph Mayanja, aherutse kugaragaza ifoto ye ari hanze ya Kaminuza ya Cevendish muri Kampala, ashyiraho caption ya emoji y’ibitabo. Ikinyamakuru Nairobi News kivuga ko uyu muhanzi yaba yiyandikishije mu cyiciro […]

Hong Kong: Bari mu myigaragambyo yamagana amabwiriza yo gukumira Covid-19

Itsinda ry’abafite utubari, karaoke n’ibindi bikorwa bifitanye isano muri Hong Kong bari mu myigaragambyo yamagana ingamba zafashwe mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 zatumye bamara umwaka badakora. Iyi myigaragambyo y’iminsi ine yatangiriye hanze y’ibiro bikuru bya Guverinoma ya Hong Kong ku Cyumweru bibuka umwaka umwe wari ushize abayobozi bashyizeho bwa mbere amabwiriza yo […]

Umusirikare wa Kenya yaguye mu mirwano hagati ye n’umugore we

Umusirikare mu Gisirikare cya Kenya (KDF) yahuye n’urupfu nyuma kurwana n’umugore we mu rugo rwabo ahitwa Kahawa Wendani. Uyu musirikare w’imyaka 37 witwa Daniel Omollo Onyango, byatangajwe ko yapfuye ubwo yagezwaga ku Kigo Nderabuzima cya Kahawa, muri Kiambu. Amakuru yatangajwe na polisi avuga ko iyi mirwano yadutse kuri iki Cyumweru cya Pasika, nyuma ya saa […]

Umugore w’imyaka 85 yishwe n’imbwa zimusanze iwe

Umugore w’imyaka 85 kuwa Gatanu yishwe n’imbwa ebyiri z’impehe zimusanze mu busitani bw’iwe ahitwa Rowley Regis, hagati mu gihugu cy’u Bwongereza nk’uko byatangajwe kuri iki Cyumweru . Nyakwigendera witwa Lucille Downer, yari mu busitani bwe ubwo izi mbwa zinjiraga iwe ziciye mu cyanzu cyo mu ruzitiro. Nyuma y’akanya ziri kumugaragura, byarangiye uyu mugore wari ugeze […]

Perezida Paul Kagame ategerejwe mu ruzinduko mu Buhinde mu mpera za Mata

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ategerejwe mu gihugu cy’u Buhinde mu mpera z’uku kwezi kwa kane, mu ruzinduko rwa mbere rw’umukuru w’igihugu wo muri Afurika mu Buhinde kuva icyorezo cya Covid-19 cyaduka nk’uko biri gutangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye byo mu buhinde birimo Dnaindia.com dukesha iyi nkuru. Ibihugu by’u Rwanda n’u Buhinde byakomeje kugaragaza imibanire myiza yanagaragaye […]

Indi Ntambara y’Isi ishobora gutangirira muri Ukraine mu gihe kitarenze ukwezi

vp-map-russian-war-fears-1.jpg

Impuguke zatanze umuburo zivuga ko indi ntambara y’Isi ishobora kwaduka mu byumweru bine biri imbere nyuma y’aho Perezida Vladimir Putin akomeje kurunda ingabo n’ibikoresho biremereye ku mupaka w’u Burusiya na Ukraine. Uruhererekane rw’ibimodoka by’intambara by’imitamenwa bya “Tanks” n’izindi modoka za gisirikare zisanzwe z’imitamenwa byatwarwaga ku bwinshi byafotowe byerekezwa mu burasirazuba bwa Ukraine hafi y’intara ya […]

Umuraperi Earl Simmons uzwi nka DMX ari hagati y’urupfu n’ubuzima

Umuraperi w’Umunyamerika Earl Simmons uzwi nka DMX yajyanwe huti huti mu bitaro nyuma yo gufata ibiyobyabwenge birengeje urugero aho bivugwa ko ari hagati y’urupfu n’ubuzima. Urubuga rwa TMZ nirwo rwashyize aya makuru ku mugaragaro bwa mbere ruvuga ko uyu muraperi uvuka muri Leta ya New York yakiriwe mu bitaro bya White Plains. Amakuru atandukanye yatangazwaga […]

Mu Bwongereza barindwi bamaze gupfa nyuma yo gukingirwa na AstraZeneca

Abantu barindwi nibo bamaze gupfa mu Bwongereza bitewe no kwibumba kw’amaraso nyuma yo guhabwa urukingo rwa AstraZeneca nk’uko byatangajwe n’ikigo gishinzwe imiti muri iki gihugu. Ibi bije nyuma y’aho mu minsi ishize hakomeje kugaragara abantu bakeya bagizwe ingaruka zo kwibumba kw’amaraso nyuma yo guhabwa uru rukingo ndetse mu bihugu bimwe na bimwe bakaba bari bahagaritse […]

La demande de libération anticipée du Col. Bagosora rejetée

Le gouvernement rwandais a fĂ©licitĂ© le MĂ©canisme international rĂ©siduel pour les tribunaux pĂ©naux (IRMCT) pour avoir rejetĂ© la demande de libĂ©ration anticipĂ©e du cerveau du gĂ©nocide condamnĂ©, ThĂ©oneste Bagosora. Cet ancien chef militaire de 79 ans avait dĂ©posĂ© une demande de libĂ©ration anticipĂ©e auprĂšs du prĂ©sident de l’IRMCT, indiquant que, s’il Ă©tait libĂ©rĂ©, il aimerait […]

Mali: Abarikare 4 b’Umuryango w’Abibumbye biciwe mu gitero gikaze ku kigo cya Minusma

Abasirikare bane b’Umuryango w’Abibumbye bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Mali (MINUSMA) kuri uyu wa Gatanu, itariki 02 Mata, biciwe mu gitero cyagabwe ku nkambi yabo. Imibare y’agateganyo yatanzwe na Loni, ivuga ko abasirikare bane bishwe abandi benshi bagakomereka kuri uyu wa Gatanu ushize mu gitero cyagabwe ku nkambi ya Minusma iherereye ahitwa Aguelhoc, […]

U Bwongereza bugiye gufasha RDC kugarura umutekano mu burasirazuba

ex_qe-nxaac9glp.jpg

Guverinoma y’u Bwongereza iravuga ko igiye gufasha Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu bikorwa byo kugarura umutekano mu burasirazuba bw’igihugu. Kuri uyu wa Gatanu, itariki 02 Mata 2021, Perezida Felix Tshisekedi Tshilombo, yakiriye Ambasaderi w’u bwongereza muri RDC, Emily Maltman, aho ibiganiro bagiranye byibanze ku bufasha u Bwongereza bushaka guha RDC mu rugamba irimo rwo […]

RDC: Uwayoboraga urwego rw’iperereza ugishakishwa yasabye kuzaburanira mu ruhame

Kalev Mutond wahoze ari umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (ANR), abinyujije mu ibaruwa abamwunganira bashyikirije umushinjacyaha mukuru mu rukiko rw’ubujurire rwa Kinshasa / Gombe, urubuga 7SUR7. CD rwaboneye kopi kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 02 Mata, 2021, yasabye ko impapuro zo kumuta muri yombi yashyiriweho zavanwaho kugirango […]

Al Shabab yatereye icya rimwe ibigo bibiri bya gisirikare initambika ubutabazi

Intagondwa za Al Shabaab muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu zabyutse zigaba ibitero ku bigo bibiri by’igisirikare cya Somalia ndetse zibasha no kwitambika imodoka za gisirikare zari zivuye mu murwa mukuru zitabaye. Uyu mutwe wa Al Shabab ukunze gushinjwa gukorana na Al Qaida ugizwe n’intagondwa zigendera ku mahame akaze ya kisilamu umaze imyaka […]

Amabwiriza mashya agenga imikoreshereze y’insengero mu gihe cya Covid-19

ex-0wxiwgaceyqc.jpg

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ishingiye ku byemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa 15 Werurwe 2021 yemereye insengero zahawe uburenganzira kuko zujuje ibisabwa gukomeza gukora, kuri uyu wa Gatanu, itariki 02 Mata yasohoye amabwiriza agomba kugenga imikoreshereze y’insengero mu gihe cya Covid-19. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Boko Haram yigambye guhanura indege y’indwanyi ya Nigeria yari yaburiwe irengero

Umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram wigambye ko ari wo wahanuye indege y’intambara y’Igisirikare cyo mu kirere cya Nigeria (NAF) muri video yasohoye kuri uyu wa Gatanu nyuma y’iminsi ibiri iyi ndege ibuze kuri radar. Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, dukesha iyi nkuru biravuga ko bitabashije kugenzura niba iyi video ari umwimerere. Ibura ry’iyi ndege y’intambara yo […]

Le SĂ©nat demande la fin des malversations d’expropriation

La sĂ©ance plĂ©niĂšre du SĂ©nat qui s’est tenue pratiquement le jeudi 1er avril a demandĂ© au gouvernement de fournir une feuille de route sur la maniĂšre dont il rĂ©glera les arriĂ©rĂ©s d’indemnisation dus aux expropriĂ©s. Le SĂ©nat a dĂ©clarĂ© que les personnes expropriĂ©es devraient obtenir une compensation Ă©quitable pour leur propriĂ©tĂ©. Les sĂ©nateurs ont pris […]