Zari Hassan yikomye imikorere ya Wasafi Tv yibanda ku buzima bwa Diamond gusa

Umushoramari Zari Hassan wahoze ari umugore w’umuhanzi Diamond yagaragaje ukutishimira ibiganiro binyuzwa kuri televiziyo  ya Wasafi byibanda kubuzima bwa Diamond  Platnumz [ari nawe nyirayo] aho gushaka amasoko n’ibiganiro byakwamamazwa bikaba byabara amafaranga. Ni nyuma yaho Diamond aguriye inzu umunyamideli Mobetto akabisakaza ku mbuga nkoranyambaga ndetse na Televiziyo abereye umuyobozi mukuru ya Wasafi ikabitangaza ibi byose […]

Papa Francis agereranya icyaha cyo gukuramo inda n’ibyaha byakozwe n’aba NAZI

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku isi Papa Francis asanga abakobwa cyangwa abagore bakuramo inda badashaka kurera abo babyaye bakwiye kugereranywa n’aba NAZI bo kubwa Adolphe Hitler bakoraga ibyaha bakabisasira isura nziza, ibyo yise gushaka kwiremera ubwoko. Ibi ni bimwe mu byo yatangaje mu butumwa yageneye Abakatoliki ku munsi wok u cyumweru tariki ya 17 Kamena […]

Leta ya Congo iremera kwakira Jean-Pierre Bemba mu gihe yaba ashaka gutaha mu gihugu

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, itangaza ko umunyapolitiki Jean-Pierre Bemba warekuwe n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i Hague mu Buholandi, afunguriwe amarembo mu gihe cyose yaba ashaka gutaha mu gihugu. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri RDC, LĂ©onard She Okitundu avuga ko mu gihe cyose Bemba yaba ashaka gutaha ko nta wamubuza, ati “Jean-Pierre Bemba agenda yagiye […]

Kenya: Raila Odinga avuga ko atazongera kwiyamamaza muri 2022 ahubwo ko azashyigikira Kenyatta

Umunyepolitiki muri Kenya Raila Odinga yatangaje ko atazongera guhatanira umwanya wa perezida wa kiriya gihugu guhera mu matora ateganyijwe muri 2022 ahubwo ko agiye gushyigikira perezida Kenyatta akazamufasha gushaka amajwi aho guhangana. Ibi yabitangaje asa n’uwibasira William Ruto aho yavuze ko nta gihugu kigira abaperezida 2 bityo ko bagomba gushyigikira uriho bityo ko hagomba kwiyamamaza […]

Nyamasheke: Iterambere ry’umugore riracyakomwa mu nkokora n’uruhuri rw’inzitizi

Bamwe mu bagore bo mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bagihanganye n’inzitizi nyinshi zikibangamiye  ubwigenge bwabo ku ifaranga, inyinshi ngo zikaba zishingiye ku muco, ubumenyi buke, kutamenya amategeko abarengera, amakimbirane yo mu miryango n’ibindi. Abo mu murenge wa Kagano  baganiriye na Bwiza.com, bavuga ko bahora mu bukene  kubera ko batariyumvamo ko hari imirimo ibyara inyungu […]

Nta jambo Nkurunziza yavuga ngo ryizerwe kuko yahemukiye Abarundi- Cimpaye Pancrase

Abanyapolitiki bahuriye mu mpuzamashyaka atavuga rumwe na Leta y’u Burundi (CNARED), bavuga ko ibyo Perezida Nkurunziza yatangaje ko ataziyamamaza mu 2020 batabyizera nk’ukuri. Bamushinja guhemukira Abarundi, ngo ubwo yiyamamazaga mu mwaka wa 2015, abatagira ingano bakava mu byabo n’ubu bakaba bakiri mu buhunzi abandi bakabura ubuzima, bagafungwa, bagahohoterwa,… Umuvugizi wa CNARED, Pancrase Cimpaye avuga ko […]

RDC: Abofisiye babiri bo mu gisirikare cya Leta bishwe n’inyeshyamba

Abasirikare babiri bafite amapeti yo ku rwego rwa ofisiye ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana. Ku wa Gatandatun tariki ya 16 Kamena 2018, nibwo abo bantu bakekwa ko ari inyeshyamba barashe aba basirikare mu gitero cyagabwe ku nkambi ya gisirikare iherereye i Ruzirantaka, muri Teritwari ya Masis. Nk’uko Radiyo Okapi ibitangaza, […]

Nyina w'umuyobozi wa Boko Haram avuga ko amaze imyaka isaga 15 atazi irengero ry’umwana we

Nyina w’umuyobozi wa Boko Haram, Falmata avuga ko amaze imyaka isaga 15 adaca iryera umuhungu we Abubakar Shekau ariko agahangayikishwa cyane no kuba uwo mwana we yarabaye icyamamare ku isi yose mu bikorwa by’ubuizi bwa nabi. Mu kiganiro uyu mukecuru yagiranye n’Ijwi ry’Amerika yagize ati”Ndamusabira ngo Imana imwereke inzira nziza, ni byo ni umwana wanjye […]

Rurageretse hagati ya Sheebah Karungi na Cindy bahigana ubutwari mu muziki

Umuhanzikazi muri Uganda Cindy Sanyu avugwaho kuba umwe mu bakobwa b’abaririmbyi muri kiriya gihugu bazi kuryoshya no gususurutsa urubyiniro, mu gihe mugenzi we Sheebah Karungi na we yiyumva ko akunzwe nk’umukobwa w’umuhanzi ubica bigacika mu gihugu no mu karere. Aba bahanzi 2 bamaze igihe bahanganye mu magambo byageze aho baratobora bavuga ikibari ku mutima ndetse […]

Uganda: Gen Kale Kayihura yasabwe ibisobanuro ku iyicwa rya AIGP Andrew Felix Kaweesi

Gen Kale Kayihura wahoze uyobora Igipolisi cya Uganda akaba aherutse gutabwa muri yombi ku mpamvu zitarasobanuka neza kugeza ubu, biravugwa ko yahaswe ibibazo ku rupfu rw’uwari umuvugizi w’igipolisi, AIGP Andrew Kaweesi wapfuye yishwe ku manywa y’ihango ubwo yavaga iwe ajya ku kazi ahitwa Kulambiro . Akanama kamuhase ibibazo kari karimo minisitiri w’umutekano, Gen Elly Tumwiine, […]

Min Kaboneka asanga nta kujenjekera abayobozi bitwara nabi kuko urwazarwaza umwe ugahuhura 100

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka asanga abayobozi bahemukira abaturage Atari abo kujenjekerwa ahubwo ko bakwiye kuryozwa ibyo baba bakoze mu gihe bafatiwe mu makosa. Ibi ni bimwe mu byo yatangaeije mu nama nyunguranabitekerezo yagiranye n’abayobozi b’inzego z’ibanze mu Ntara y’amajyepfo, aho agarutse ku bayobozi bamwe na bamwe bagenda bagaragaraho amakosa arimo no gusuzugura bagenzi babo […]

Uganda: ACP Jonathan Baroza wahoze ari umufasha wihariye wa Gen Kale Kayihura yaburiwe irengero

Assistant Commissioner of Police, Jonathan Baroza, wahoze ari umufasha wihariye wa Gen Kale Kayihura yaburiwe irengero nk’uko byatangajwe mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru n’abayobozi muri Uganda. Uyu ACP Jonathan Baroza yari yoherejwe mu 2016 gukorera mu Gipolisi Nyafurika(Afripol) muri Algeria nyuma y’aho perezida Museveni afatiye icyemezo cyo kumukura mu biro bikuru bya polisi. Icyo […]

Abagande bagera kuri 70 bakatiwe igihano cy’urupfu mu Bushinwa barasabirwa koherezwa iwabo

Umukuru w’inteko ishinga amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga, yasabye umudipolomate wo mu Bushinwa wari mu ruzinduko muri iki gihugu, ko barekura Abagande bagera kuri 70 bakatiwe igihano cy’urupfu mu Bushinwa. Abagande benshi kuri ubu ngo bakaba barakatiwe igihano cy’urupfu mu Bushinwa bazira gucuruza ibiyobyabwenge n’ibindi byaha byinshi bitandukanye birimo nko gukora uburaya, kwinjira mu gihugu […]

Amerika: Abana b’abimukira basaga 2000 bamaze gutandukanywa n’imiryango yabo

Abana basaga ibihumbi 2 bafite ababyeyi b’abimukira bamaze gutandukanywa n’imiryango yabo  mu gihe ababyeyi babo bafungwa hanyuma abana bakajyanwa mu bigo by’abana badafite bene bo. BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko itegeko ry’Amerika rikumira abimukira binjirira ku mupaka wa Mexique rimaze igihe ritangiye gushyirwa mu bikorwa ryatumye imiryango mpuzamahanga itandukanye irimo n’irengera abana ihaguruka ikayisaba […]

CNLG iramagana icyemezo cy’urukiko rwo mu Bubiligi rwakuye icyasha kuri guverinoma yabwo

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, CNLG iravuga ko, Icyemezo cy’urukiko rw’ubujurire mu Bubiligi cyo kuri uyu wa Gatanu cyemeje ko guverinoma y’iki gihugu atari yo yafashe umwanzuro wo gukura ingabo zayo mu Rwanda ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimo kuba mu Rwanda mu 1994, cyafashwe kubera impamvu za politiki. Kuwa 11 Mata 1994, nibwo ingabo […]

Ruhango: Dr Asiimwe arasaba ubufatanye mu kurwanya imyumvire ishingiye ku myemerere yo kubyara no kuzura isi

Dr Anita Asiimwe, umuhuzabikorwa wa Gahunda y’igihugu igamije kwita ku mikurire y’umwana ukiri muto (ECD) asaba abaturage ba Ruhango kuboneza urubyaro, ndetse Abayobozi bagafatanya n’abanyamadini kurwanya imyumvire ishingiye ku myemerere yo kubyara no kuzura isi. Ibi Dr Asiimwe yabigarutseho mu ntangiriro z’iki cyumweru ubwo yari mu karere ka Ruhango aho yari yitabiriye igikorwa cyo gutangiza […]

Ikiganiro n’abanyamakuru bari mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira i Paris

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 15 Kamena, bamwe mu banyamakuru ba PAXPRESS bagiranye ikiganiro kirambuye na Sehene Ruvugiro Emmanuel, ndetse na Twizeyimana Albert Baudouin bari mu rukiko i Paris. Barakurikirana urubanza rwa Ngenzi na Barahira baregwa Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, mu cyahoze ari Komini Kabarondo bombi bayoboye. Rugeze mu bujurire, mu rw’ibanze bakatiwe […]

Umugore yasanzwe yamizwe n'inzoka nyuma yo kuburirwa irengero – Amafoto

Mu gihugu cya Indoniziya mu gace ka Persiapan Lawela babyukiye mu gahinda ko kubura umuturanyi wabo  wari utuye muri ako gace ka Persiapan Lawela witwa Tiba nyuma akaza gusangwa munda y’ikiyoka kinini cya mu mize. Nkuko Khaleej Times dukesha iyi nkuru ibivuga uyu Tiba w’imyaka 54 yasanzwe mu mugace ka Persiapan Lawela mu nda y’ikiyoka cyari […]

Nk’ababyeyi tugomba kuganira n'abana, kubatoza kuyobora ibitekerezo byabo neza- Madamu J.Kagame

Madamu Jeannette Kagame aributsa ababyeyi kuganira n’abana babo ari nako babatoza kuyobora ibitekerezo byabo bashakisha igishya mu guteza imbere umuryango n’igihugu muri rusange. Madamu Jeannette Kagame yatangaje ibi, ku wa Gatandatu tariki ya 16 Kamena 2018, ubwo yifatanyaga n’abagera ku 3,000 mu birori byo kwizihiza umunsi wahariwe umwana w’Umunyafurika wahujwe n’umunsi mpuzamahanga wo kurwanya imirimo […]

Uganda: Uwahoze akuriye polisi muri Kampala arahakana ko yihishe nyuma y’ifatwa ry’uwari umukuriye

Uwahoze ari umukuru w’igipolisi mu mujyi wa Kampala, CP Frank Mwesigwa arahakana amakuru ari guhwihwiswa ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yaba yihishe nawe atinya gutabwa muri yombi kimwe n’uwahoze amuyobora, Gen Kale Kayihura. Frank Mwesigwa ati: “Ntabwo nihishe cyangwa mfunzwe nk’uko bihwihwiswa ku mbuga nkoranyambaga” Ibi Frank Mwesigwa wahoze ari komanda wa polisi ya Kampala […]

Amerika irashimira Perezida Nkurunziza wavuze ko ataziyamamaza mu 2020

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasohoye itangazo rishima Perezida Nkurunziza w’u Burundi witangarije ko atazongera kwiyamamaza mu matora ya 2020. Muri iri tangazo Amerika ivuga ko byakabaye urugero rwiza ku bandi bakuru b’ibihugu bya Afurika bagundira ubuyobozi, ndetse ko ari intambwe nziza iganisha kuri Demokarasi mu Burundi. Umuvugizi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika, Heather Nauert abicishije […]

Masisi: Inka 44 zishwe zitemaguwe mu gihe izigera kuri 17 zakomerekejwe bikomeye

Inka zigera kuri 44 zishwe zitemaguwe, mu gihe izindi 17 zakomerekejwe izindi zigera muri 30 zigashimutwa ubwo abantu bitwaje intwaro gakondo batamenyekanye bagabaga igitero mu ifamu y’uwitwa Mushwa iri mu gace ka Lukofu, muri Teritwari ya Masisi kuri uyu wa kane ushize. Iki gitero cyagabwe nyuma y’iminsi mikeya hagabwe ibindi bibiri byagabwe muri Gicurasi no […]

Gakenke: Hari impungenge zo kubura umusaruro mu gihe isarura ryegereje

Abaturage bo mu Karere ka Gakenke barataka ko mu gihe hirya no hino abahinzi batahuye n’ibiza bikomoka ku mvura batangiye gusarura bo ntacyo bari gusarura mu gihe basanzwe batunzwe n’ubuhinzi. Ni igihe cyegera isarura ndetse bamwe abo byahiriye akabando karavuga by’umwihariko bahura ibishyimbo ,nyamara ariko ibi ngo bisa n’ibitareba benshi mu batuye akarere ka Gakenke […]

U Bwongereza: Reba amafoto 10 agaragaza uburyo umwamikazi Elizabeth II yishimiye umukazana

Meghan Markel ni umunyamideli w’imyaka 36 y’amavuko, akomoka muri  Calfornia akaba yarashakanye n’igikomangoma Harry, umwuzukuru w’umwamikazi Elizabeth II w’u Bwongereza. Nyuma y’ubukwe bwabo bwabaye ku wa 17 Gicurasi 2018, bamwe bibwiraga ko uyu mukobwa atazakundwa ibwami, bitewe n’imyitwarireye ariko ubu amafoto ye n’umwamikazi, Elizabeth II akomeje gucicikana mu binyamakuru bitandukanye bishimanye. Meghan Markel yashakanye na […]

Ese koko perezida Museveni abo yita Ingurube bateza umutekano mukeya mu gihugu niwe wabareze?

Ubwo yagiraga icyo avuga ku kibazo cy’umutekano ukomeje kubura muri Kampala kuri uyu wa kane ushize, perezida Yoweri Museveni yatangaje ko umutekano mukeya uri guterwa n’abantu yise Ingurube agira ati: “ Ingurube ntizishimira agaciro, birutwa n’uko wagaha iminyorogoto “. Perezida Museveni yavuze ko na mbere hose bahanganye n’ingurube kandi izi ngo ari ntoya cyane zitabakanga. […]

Uganda: Abashinzwe umutekano basatse mu rugo rwa Gen Kale Kayihura bari kumwe nawe

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu ushize, uwahoze ari umukuru w’igipolisi cya Uganda uherutse gutabwa muri yombi, Gen Kale Kayihura, yajyanywe iwe I Muyenga arinzwe bikomeye mu rwego rwo ku musaka. Umunyamakuru wa Chimpreports dukesha iyi nkuru wabashije kuhagera mu masaha ya saa 1:50 z’amanywa avuga ko abasirikare batemereraga umuntu uwo ari we wese […]

Amerika yarashe umuyobozi w’Abatalibani muri Pakistan

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziratangaza ko zarashe umuyobozi w’Abatalibani barwanira mu gihugu cya Pakisitani. Itangaza ko indege itagira umupilote y’Abanyamerika yarashe Mullah Fazlullah wayoboraga umutwe w’Abatalibani muri Pakistani mu gitero cyabaye ku wa Gatatu tariki ya 13 Kamena 2018 Nk’uko Radiyo Ijwi rya Amerika ibitangaza, ivuga ko Mullah Fazlullah yishwe yari asanzwe ayobora umutwe […]

Eid al-Fitr: Rusizi, Abayisilamu basabwe kwirinda gushora abana mu bikorwa by’iterabwoba n’icuruzwa ry’abantu

Ubuyobozi bw’idini ya Isilamu mu Rwanda burasaba abayoboke baryo kwirinda ko abana babo bakwishora mu bikorwa by’iterabwoba ndetse n’icuruzwa ry’abantu. Byatangajwe n’umuvugizi w’umuryango w’abayisilamu mu Rwanda akaba n’umuyobozi w’uyu muryango mu mujyi wa Kigali, Sheikh Sindayigaya Musa, ubwo yifatanyaga n’abayisilamu bo ku musigiti mukuru wa Kamembe mu karere ka Rusizi gusoza igisibo (Eid al-Fitr)  abayisilamu […]

Hatangajwe ingengo y’imari izakoreshwa mu kuvugurura Stade Amahoro n’izindi 3 ziyungirije

Mu ngengo y’imari ya 2018/2019, hateganyijwe gukorwamo ibikorwa byo gusana stade Amahoro ndetse hakanubakwa izindi 3 mu turere dutandukanye. Ubwo yamurikiraga Inteko Ishinga amategeko ingengo y’imari izifashishwa mu mwaka utaha, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko ibi bikorwa bizatwara asaga Miliyari 6.2 z’amafaranga y’u Rwanda. Dr Uzziel yasobanuriye Abadepite ko aya mafaranga azifashishwa […]

Umubyeyi ukunda abana be yanze ko batandukanywa kuko umwe yagombaga guhita apfa

Jennifer Pamela Martinez w’imyaka 27 y’amavuko yibarutse abana bafatanye yanga ko abaganga babatandukanya kuko umwe muri bo yagombaga guhita abura ubuzima. Aba bana Martinez yabyaye bafatanye yabise Maria Fernandez na Maria Jose Martinez, bakaba baravutse bafatanye agatuza, bafite umutima umwe n’umwijima umwe. Nk’uko ikinyamakuru DM kibitangaza, ngo uyu mubyeyi yanze ko aba bana batandukanywa bitewe […]

U Bubiligi bwatangaje ko bushaka gucumbikira Jean Pierre Bemba uri gukurikiranwa na CPI

Ku munsi w’ejo tariki ya 14 Kamena 2018, nibwo igihugu cy’u Bubiligi cyandikiye urukiko mpuzamahanga Mpanabyaha rwaburanishaga umunyepolitiki Jean Pierre Bemba kirusaba ko cyazamucumbikira mu gihe arekuwe by’agateganyo. Jean Pierre Bemba ufungiye muri gereza Haye mu gihugu cy’u Buholandi yabaye Visi perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo akaba akurikiranyweho ibyaha by’intambara n’ibindi byibasiye inyoko […]

Karongi: Intore z'inkomezabigwi zasoje urugerero ruciye ingando zubakira abatishoboye

Mu Karere ka Karongi, kuri site ya Nyamishaba niho hasorejwe urugerero ruciye ingando rwari ruhuje urubyiruko 538 rw’intore z’inkomezabigwi, icyiciro cya 6 baturuka mu Tugari twose tugize Intara y’Iburengerazuba, aho izi ntore zasoje zubakira abatishoboye amazu 15 ndetse n’ibikoni byayo n’ubwiherero. Uyu muhango witabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Isaac […]

Hamisa Mobetto yemeje ko atwinde indi nda ya Diamond

Umunyamideli ukomeye muri Tanzaniya Hamisa Mobetto wamamaye cyane biturutse ku kuba yarabyaranye n’icyamamare mu munziki Diamond Platnmuz, yemeje ko atwite inda y’amezi 5 yatewe nuyu muhanzi. Mobetto yemeje aya makuru nyuma y’iminsi Havugwa inkuru yuko umuhanzi Diamond yamuguriye inzu  nkuko babigaragaje mu butumwa ba nyujije kuri Instagram y’umuhungu babyaranye  gusa ntibyavuzweho rumwe dore ko bamwe […]

Uganda: Angella Kayihura, umugore wa Gen Kale Kayihura nawe yatawe muri yombi

Amakuru aturuka mu gihugu cya Uganda aravuga ko mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane rishyira kuri uyu wa Gatanu, abashinzwe umutekano mu gisirikare bataye muri yombi Angella Kayihura, umugore wa Gen Kale Kayihura, wahoze ayoboye igipolisi cya Uganda mbere yo kwirukanwa akaba yanatawe muri yombi kuri uyu wa gatatu, itariki 13 Kamena 2018. Urubuga […]

HCR iravuga ko 60% by’impunzi z’Abanyekongo mu Nkambi ya Kiziba zifuza gutaha

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, HCR, riratangaza ko impunzi z’Abanyekongo 60% zo mu Nkambi ya Kiziba zimaze kugaragaza ko zifuza gutaha, mu gihe hari abiyandikishije nyuma bakisubiraho. HCR  ivuga kandi ko nyuma y’icyo gikorwa yatanze ubutumwa mu nkambi isaba abashaka kwiyandikisha bose kwegera umukozi wa HCR igihe icyo ari cyose bamubonye kugirango abandike. Mu […]

Imisoro ku bicuruzwa bimwe na bimwe bitumizwa hanze yahanantuwe indi ikurwaho burundu

Raporo igaragaza ingengo y’Imari ya 2018/2019 yamurikiwe Inteko ishinga Amategeko, byagaragaye ko ibicuruzwa byinshi bitumizwa hanze y’igihugu birimo ibiribwa, ibikoreshwa mu bwikorezi n’ibindi bitandukanye byagabanyirijwe imisoro mu gihe caguwa yo imisoro yikubya hafi 5. Ibi ni bimwe mu byatangajwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Uzziel Ndagijimana aho yanashyize ku mugaragaro ingengo izifashishwa muri uriya mwaka. Bimwe […]

Umwogoshi ashushanya Ronaldo na Messi ku mitwe y’abantu- REBA AMAFOTO

Umwogoshi wo muri Serbia, yasabye abakiriya be kubogosha abasigaho umusatsi ushushanya ibyamamare muri ruhago, Cristiano Ronaldo na Lionel Messi, ku mitwe yabo ahagana inyuma. Mario Hvala wamaze imyaka icyenda yiga ubu bugeni, afite salon yogosheramo abakiriya. Yatangiye iki gikorwa cyo gushushanya ibi byamamare mu gihe yabonaga imikino y’igikombe cy’Isi igiye gutangira mu Burusiya. Avuga ko […]

Aganira n’itangazamakuru bwa mbere, nyina w’umukuru wa Boko Haram yemeje ko umuhungu we yogejwe mu bwonko

Iyo werekeje mu burengerazuba uvuye mu mujyi wa Maiduguri, muri Nigeria, ngo imihanda igenda irushaho kuba mito, ari nako n’imijyi igenda iba mito. Mu nzira, ubona inyubako zatobaguwe n’amasasu na za bariyeri z’abantu baba barinze umutekano ariko batari abo mu nzego z’umutekano ahubwo ari abaturage bagerageza kwirindira umutekano. Nyuma y’amasaha atatu y’urugendo, Ijwi rya Amerika […]

Stade ya Cricket mu Rwanda yagenewe igihembo cy’inyubako y’umwaka

Inyubako ya stade ya Cricket iherereye mu murenge wa Gahanga mu karere ka Kicukiro yagenewe igikombe cyahawe izina rya ArchDaily’s 2018 building Awards. Iki kibuga cyanditse mu gitabo cy’amateka ku isi “Guiness world record” kubera uburyo cyubatswe. Imihango yo gutanga igikombe kuri iyi nyubako yiswe iy’umwaka, ArchDaily’s 2018 building Awards iteganyijwe mu kwezi gutaha kwa […]

Uganda: Gen Kale Kayihura ashobora gushinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, gushimuta, ubutasi n’ubugambanyi

Nyuma yo gutabwa muri yombi, uwahoze akuriye Igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura akomeje guhatwa ibibazo nk’uko bitangazwa n’igisirikare kivuga ko umuryango we wemerewe kubonana nawe. Biravugwa ko ashobora gushyikirizwa Urukiko rwa gisirikare. Uyu mugabo wayoboye Igipolisi cya Uganda imyaka 13 yose, kuri uyu wa Kane, itariki 14 Kamena ngo yiriwe ahatwa ibibazo n’akanama k’abasirikare […]

RDC: Inyeshyamba za FDLR zirashinjwa gushimuta abaturage 13 zibasanze mu mirima

Inyeshyamba za FDLR/Rudi zirashinjwa gushimuta abaturage 13 zasanze mu mirima yabo, ubuyobozi bukavuga ko zabasanze mu gace ka Kibingu gaherereye mu bilometero bitandatu uturutse muri Kibirizi muri Kivu y’Amajyaruguru. Radiyo Okapi itangaza ko abo bantu bashimuswe ku wa 13 Kamena 2018, FDLR/ Rudi ishimuta abantu umunani, abandi bagera kuri batanu nabo baza gushimutwa ariko bigakekwa […]

Kigali: Dr Niyitegeka na CNLG ntibavuga rumwe kuri dosiye ayaka ikazibura

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwumvise urubanza rwa Dr Niyitegeka aburanamo na Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside CNLG. Uyu muganga washakaga kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ya 2003 ntabigereho ararega CNLG ko yamwimye amadosiye y’inkiko gacaca kugira ngo asubirishemo urubanza ku byaha bya jenoside. CNLG iravuga ko ikirego cye nta shingiro gifite. Ni iburana ryabaye […]

Abanyarwanda barasabwa kubyaza amahirwe y’ishoramari aboneka mu gihugu cya Singapuru

Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda Vincent Munyeshyaka, arasaba Abanyarwanda gushora imari mu gihugu cya Singapuru mu rwego rwo kubyaza umusaruro amasezerano y’ishoramari yashyizweho umukono hagati y’u Rwanda na Singapuru. Ibi Munyeshyaka yabitangaje nyuma yaho Minisitiri ’Intebe Dr.Edoaurd Ngirente yakiriye Minisitiri w’Intebe wungirije wa Singapuru, Koh Poh Koon kuri uyu kane tariki ya 14 Kamena, nyuma y’ibiganiro byaba […]

Minisiteri y’uburezi yateye utwatsi iby’uko abanyeshuri batunga telefoni ngendanwa ku mashuri

Minisitiri w’Uburezi Dr. Eugene Mutimura yatangaje ko leta y’u Rwanda yamaze gufata icyemezo ko idashobora kwemerera abana biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye gutunga telefoni ngendanwa igihe bari ku ishuri. Minisitiri Mutimura yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa kane tariki ya 14 Kamena 2018 ku biro bya Minisiteri w’intebe (Primature) , mu nama yavugaga  ku […]

Jacob Zuma arashinjwa kugabanya igihugu mo Kabiri,  ishyaka ANC ndetse n’itorero asengeramo

Uwahoze ari perezida wa Repubulika y’Afurika y’Epfo, Jacob Zuma ashinjwa kugabanya igihugu yari abereye umuyobozi mo ibice bibiri bihanganye, kugabanya ishyaka riri ku butegetsi ndetse vuba aha akaba aherutse no gutuma itorero yasengeragamo ricikamo ibice bibiri. Mu minsi yashize, nibwo perezida Zuma yashatse gushyiraho ihuriro ry’abanyamadini n’abanyepolitiki muri Afurika y’Epfo, iryo huriro rikaba ryagombaga gutangizwa […]

Umugabo wanjye arara arota undi mugore basambana, njye amfata nk’injiji iri aho- Nkore iki?

Amahoro ya nyagasani ahorane na mwe, nitwa Uwingabire iwacu ni muri Nyamagabe, mfite umugabo nkaba umubyeyi w’umwana umwe. Nk’uko nakunze gusoma inama zinyura kuri iki kinyamakuru cyanyu ‘Bwiza.com’ na njye ndashaka ko mungira inama. Mfite umugabo ariko amfata nk’udahari, kuko afite inshoreke igiye gutuma nsara nkiruka ku gasozi. Mu by’ukuri umugabo wanjye twabanye nkiri muto, […]

Uganda: Haburijwemo imyigaragambyo y’abashyigikiye Gen Kale Kayihura nyuma y’itabwa muri yombi rye

Igipolisi cya Uganda muri Kisoro cyitambitse agatsiko k’abantu bashyigikiye uwahoze ari umukuru w’igipolisi, Gen. Kale Kayihura, watawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu, aho bivugwa ko aba bashakaga guteza imyigaragambyo yamagana ifatwa rye. Iyi myigaragambyo ikomeye yo kwamagana itabwa muri yombi rya Gen. Kale Kayihura biravugwa ko yategurwaga na bamwe mu bayobozi bari munsi y’inama […]

RDB irateganya gufunga business zirangwamo ivangura

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, kiraburira abakora mu bikorwa by’ubukerarugendo no mu zindi serivisi kivuga ko bashobora gufungirwa business nibaramuka basanzweho kurangwa n’ivangura. Iki cyemezo kikaba kireba ahanini ahantu hahurira abantu benshi nko mu maresitora, utubyiniro, ibigo bitembereza abantu, ababayobora (guides) n’amahoteli. Ngo gufunga business bizaba ari umwanzuro wa gatatu nyuma kuburirwa ku mugaragaro no gucibwa […]

Kenya na Uganda birashinjwa kuba indiri abayobozi bakuru ba Sudani y’Epfo basahuriramo imitungo

Amerika yashyizwe mu majwi leta ya Uganda na Kenya kuba bikomeje kuba indiri abayobozi bakuru b’igihugu cya Sudani y’Epfo basahuriramo imitungo y’igihugu.   The eastafrican dukesha iyi nkuru ivuga ko aba bayobozibakuru muri  Sudani hamwe n’abandi batandukanye  bafite imitungo irimo n’inyubako zihenze n’amafaranga kuri konti mu mijyi ya Kampala na Nairobi ndetse bamwe mu bagize […]

Joseph Kanyabashi wabaye Burugumesitiri wa Ngoma akagira n’uruhare muri jenoside yitabye Imana

Joseph Kanyabashi wabaye Burugumesitiri wa Komini Ngoma, mu yahoze ari Perefegitura ya Butare, akaza kugira uruhare muri jenoside agakatirwa imyaka 20 y’igifungo n’Urukiko rwa Arusha, yitabye Imana aguye I Nairobi kuri uyu wa gatatu nk’uko amakuru agera kuri Bwiza avuga. Uyu mugabo yafatiwe mu gihugu cy’u Bubiligi mu 1995, ashinjwa uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, […]

Angola irateganya kwigana u Rwanda ikinjira muri Francophonie no muri Commonwealth

Perezida wa Angola, Joao Lourenco, yatangaje icyifuzo cy’igihugu cye cyo kuba umunyamuryango w’ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth) ndetse n’umuryango uhuza ibihugu bikoresha Igifaransa (Francophonie). Angola ikaba ishaka gufatira urugero ku Rwanda na Cameroon nk’ibihugu bibarizwa muri iyi miryango ibiri. Perezida Lourenco yavuze ko igihugu cye gikikijwe n’ibihugu bidakoresha Ikinya-Portugal (igihugu cyayikolonije), ahubwo ikikijwe n’ibihugu bikoresha Igifaransa […]

Uganda: Abapfumu bashinjwa kwica umuntu bakamukata igitsina bari mu mazi abira

Polisi yo mu gace ka Jinja iri mu iperereza aho abapfumu babiri bashinjwa kwica umuntu bakamuka igitsina. Aba bapfumu bashinjwa kwica mu kwezi gushize uwitwa Lekuru Sabina w’imyaka 38 y’amavuko, umurambo we ukaba warabonwe mu murima w’ibisheke. Ubwo umurambo we wajyanwaga mu bitaro bikuru bya Jinja gukorerwa isuzuma, ngo basanze yarishwe anizwe ndetse basanga yaranakaswe […]

RDC: Amatora agiye kuba atarimo perezida Kabila — Minisitiri w’Intebe Bruno Tshibala

Perezida Joseph Kabila wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ntabwo aziyamamariza manda ya gatatu mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu Ukuboza kubera ko itegeko nshinga ritabimwemerera nk’uko byatangajwe na minisitiri w’intebe, Bruno Tshibala kuri uyu wa Kabiri ushize. “Amatora agiye kuba atarimo perezida Kabila uzubaha itegeko nshinga”, ibi byatangajwe naminisitiri w’intebe, Bruno Tshibala mu kiganiro […]

Amande ahanitse acibwa abacuruzi ni mwe mu mpamvu zituma RRA itagera ku ntego zayo

Amande ahanitse acibwa abacuruzi ni mwe mu mpamvu zatumye RRA itagera ku ntego zayo Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA kivuga ko ibihano biri muri politiki y’imisoreshereze bihanitse, aho umuntu akerererwa kwishyura umunsi umwe  tukamuca 60% bityo ugasanga abacuruzi baciwe ayo mafaranga bahita bashaka andi manyanga bakoresha ntibayishyure cyangwa bagahitamo guhagarika bizinesi zabo. Ibi ni […]

Twagiramungu avuga ko Perezida Nkurunziza yatsinze igitego kitazishyurwa n’abakina politiki ishaje

Umunyapolitiki Twagiramungu Faustin avuga ko Perezida Nkurunziza w’u Burundi, umukinnyi w’umupira w’amaguru akaba n’umunyapolitiki, yatsinze igitego abamurwanya batazabasha kumwishyura. Twagiramungu wabaye Minisitiri w’Intebe mu Rwanda, ubu akaba atavuga rumwe na Leta iriho, avuga ko Perezida Nkurunziza yabashije kunesha abashakaga kumuhirika ku butegetsi, anavuga ko adakeneye kwiyamamaza ku yindi manda mu mwaka wa 2020. Ibi ngo […]