Ubuzima bwa BenoĂ Âźt XVI wahoze ahagarariye Kilizya Gatolika buhagaze nabi

Umunyamabanga wihariye wa BenoĂ Âźt XVI wahoze ari umushumba wa Kiliziya Gatolika, Musenyeri Georges Ganswein, yasabye ko abatuye Isi basabira BenoĂ Âźt XVI kuko ubuzima bwe bugenda bumera nabi umunsi ku wundi. Musenyeri Georges Ganswein yagize ati : « Ubuzima bwa BenoĂ Âźt XVI bugenda buzamba uko bucyeye n’uko bwije ariko gusa aratuje afite amahoro muri we n’ […]

Ndi umukobwa w’imyaka 23, mama yantaye mu gihuru ndi uruhinja, aho amenyeye ko nkiriho nakuze, yaje kunsaba imbabazi -NKORE IKI?

Ndabasaba inama nshuti bavandimwe, nitwa Asiyah ndi umukobwa w’imyaka 23 wakuriye mu muryango w’abagiraneza b’abayisiramu, narize kandi meze neza, mama akimara kumbyara ngo yantaye ahantu h’ibanga, mu gihuru, gusa ngirirwa ineza n’aba bagiraneza ubu ndakuze. Ntavuze byinshi, abo kuri bwiza.com ndabasaba inama, nifuza ko mumfasha, mama yafunzwe imyaka myinshi, ariko adashinjwa kuba yarantaye, ni ikindi […]

Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga wa Loni yagendereye u Burundi

Intumwa idasanzwe y’umunyamabanga mukuru wa loni mu Burundi, Michel Kafando ari mu ruzinduko mu Burundi aho ari kuganira n’abategetsi batandukanye b’iki gihugu. Michel Kafando yashitse mu gisagara ca Bujumbura ku musi w’Imana mw’ibanga nta ngere. Kugeza ubu amaze kubonana na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Alain Aime Nyamitwe hamwe n’umuhuza w’Abarundi, Edouard Nduwimana. Nta kiramenyekana ku byavuye […]

Ese koko umunyarwenya Anne Kansiime yaba atabyara?! Umugabo we yatangaje ukuri

Umukunzi w’umunyarwenya, Anne Kansiime, Ojok yatoboye avuga impamvu nyamukuru yaba ituma yumva adashobora gukomezanya n’umukunzi we bamaranye imyaka myinshi nta kana barabyara. Ojok yabwiye itangazamakuru ryo muri uganda ko mu myaka isaga 5 amaze mu rukundo na Anne Kansiime, abaganga bamubwiye ko bigoye kuba babona akana kuko umugore we afite ibibazo mu miterere y’umubiri we, […]

Umugore n’mugabo bapfiriye mu modoka bari gutera akabariro

Umugore n’umugabo bo mu gace ka Ogba mu mujyi wa Lagos muri Nigeria basanzwe bapfiriye mu modoka ya bo bambaye ubusa, ababibonye bakaba bavuga ko barimo batera akabariro. Ibitangazamakuru bitandukanye hirya no hino, byatangaje ko uyu mugore w’abana 2 yari kumwe n’umugabo bivugwa ko ari uwe, bakaba basanzwe mu modoka bapfuye ariko ibimenyetso byose bikaba […]

Dore ibyo Ukwiye kumenye niba ushaka gushimisha umukunzi wawe, tandukanya urukundo no kuryamana

Abantu benshi bafata urukundo mu ngeri nyinshi ndetse bakanaruha ubusobanuro butandukanye bitewe n’inyungu baba babifitemo. Ni muri urwo rwego usanga abenshi bibwira ko urukundo ari ugukora imibonano mpuzabitsina ndetse akenshi n’abenda kuzabana ugasanga baryamanye mbere y’uko basezerana. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ibi akenshi biterwa n’ubusobanuro abakundana baba bahaye ijambo urukundo ndetse bigakurikirwa n’ingaruka nyinshi kuko hari igihe […]

Uganda: Impunzi 2 zishobora kuba ari Abanyarwanda ziciwe mu nkambi ya Nakivale

Igipolisi cya Uganda ahitwa Isingiro kiri guhiga bukware agatsiko k’abantu bitwaje imbunda bagabye igitero mu giturage gituwemo n’impunzi bacika abantu babiri. Nubwo iyi nkuru idasobanura aho izi mpunzi zikomoka, amazina yazo agaragaza ko zishobora kuba ari Abanyarwanda. Abishwe ni Augustine Muhizi w’imyaka 45, wari umunyemari w’impunzi (wacuruzaga ibishyimbo, ibigori n’amasaka), ndetse na ishimwe Cyuzuzo Deo, […]

Abadepite bakurikiranye imirimo y’inteko rusange

Kuri uyu wa 31 Ukwakira 2017, Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’Igihugu (PAC) yagaragarizaga Inteko rusange y’abadepite isesengura rya raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2015-2016. Aba ni bamwe mu badepite bari bakurikiranye imirimo y’iyi nama. Iyi raporo yatowe n’abadepite bose usibye Mukamurangwa Sebera Henriette wifashe, wanabajije ikibazo cyo kumenya nyir’inzu yishyurwa miliyoni […]

Odinga yamaganye ibyavuye mu matora asezeranya impinduramatwara nk’izo mu Barabu

Umukuru w’abatavuga rumwe na Leta, Raila Odinga, yahamagariye abayoboke be gukomeza gukora imyigaragambyo mu mahoro nyuma y’ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu, avuga ko imyigaragambyo izakorwa i Nairobi. Yongeye gusubiramo ko amatora yabaye mu cyumweru gishize yatsinzwe na Perezida Uhuru Kenyatta ari ikinamico. Yavuze ko azabangamira ubutegetsi bwa Kenyatta mu buryo butandukanye, byaba ngombwa agakora igikorwa […]

RDC: Nyuma ya Gen. Tango Fort, Global Witness iratunga urutoki na Brig. Gen. Etienne Bindu

Umuryango mpuzamahanga utegamiye kuri leta, Global Witness urashinja Brig. Gen. Etienne Mbunsu Bindu wo mu gisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, gusarura inyungu zituruka mu bucukuzi bwa zahabu muri Kivu y’Amajyaruguru mu gihe hariho itegeko ribuza abasirikare kwijandika mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Nk’uko uyu muryango, uzobereye gukurikirana uko imitungo kamere y’ibihugu biri mu […]

Umugore yateze mugabo we uburozi buhitana abagera kuri 15

Umugore wo mu mujyi wa Daulat Paur mu gihugu cya Pakistan akurikiranyweho kwivugana abagera kuri 15 abarogeye mu mata yari yagennye guha umugabo we, abantu bakayanywa atabizi bagahita bapfa n’uwo mugabo we arimo ngo akaba yamuzizaga ko bashyingiranywe atabishaka. Uyu mugore witwa Aasia Bibi w’imyaka 21yashyingiwe ku gahato uwitwa Amjad Akram w’imyaka 25 mu kwezi […]

Papa Francis yicujije ko ajya asinzira mu gihe bari gusenga

Umushumba wa kiliziya Gatulika, Papa Francis aherutse gusaba imbabazi, yicuza ko hari ibyo ajya akora mu gihe cya Misa avuga ko bishobora no kuba bibangamira ababibona ariko akavuga ko na we aba atabishaka. Mu kiganiro cyijyanye na kiliziya Gatulika kuri televiziyo ya TV2000 kuri uyu wa kabiri, yagize ati « Iyo ndimo gusenga akenshi mpita […]

Mali: Igitero ku modoka zari ziherekeje perezida w’Urukiko Rukuru cyahitanye abasirikare 5

Abasirikare batanu ba Mali ndetse n’umusivili umwe, kuri uyu wa kabiri biciwe mu gitero cyagabwe ku modoka zari ziherekeje perezida w’Urukiko Rukuru rw’iki gihugu nk’uko byatangajwe na minisiteri y’’ingabo. Ntiharamenyekana abari inyuma y’iki gitero, ariko kwibasira abantu bo ku rwego rwo hejuru ndetse n’iyicwa ry’abasirikare ni bimwe mu bigaragaza ko umutekano ukomeje kwifata nabi muri […]

Igihe cyo gufata “Cyangugu” nka annexe y'u Rwanda cyararangiye-Minisitiri Kaboneka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis, yatangiye uruzinduko arimo kugirira mu turere twa Rusizi na Nyamasheke, ubwo yakoranaga inama n’abacuruzi hamwe n’abavuga rikumvikana (opinion leaders) mu karere ka Rusizi yababwiye ko ari Abanyarwanda, agace batuyemo atari annexe y’u Rwanda. Ni uruzinduko yatangiye ku wa Kabiri tariki ya 31 Ukwakira 2017. Inama bakoze yibanze ku kuvugurura umujyi […]

Mu 2018 u Rwanda ruzaba rwihagije ku mbuto z’ibihingwa bitandukanye zikenerwa mu gihugu

Ibi byatangajwe kuri uyu wa kabiri tariki ya 31 Ukwakira 2017 mu nama nyunguranabitekerezo yateraniye mu Ntara y’Amajyaruguru igamije kurebera hamwe ibijyanye no kwihaza mu biribwa “Food Security”. Iyi nama yayobowe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney, yitabiriwe n’abagize “Task Force” yo kwihaza mu biribwa ku rwego rw’Igihugu bayobowe na Lt Gen […]

Impunzi z’Abarundi zahungiye muri Congo no muri Tanzania ziri kwimukira mu Rwanda

Impunzi z’Abarundi zahungiye mu bihugu bitandukanye by’ibituranyi zirimo ziri kwimukira mu Rwanda ku bwinshi kubera ukuntu uburenganzira bwazo buhonyorwa mu bihugu nka Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo no muri Tanzania ndetse bikaviramo bamwe muri zo kwicirwa aho zahungiye nk’uko byemezwa n’Umuryango w’Abibumbye Ishami ry’uyu murya go rishinzwe impunzi, HCR, riratangaza ko imibare iheruka y’izi mpunzi […]

Cassien Ntamuhanga wareganwaga na Kizito yatorotse gereza(yavuguruwe)

Cassien Ntamuhanga, umwe mu bareganwaga na Kizito Mihigo bagahamwa n’ibyaha birimo ibyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, n’ubugambanyi bwo kugirira nabi ubutegetsi buriho yatorotse gereza ya Mpanga iherereye mu karere ka Nyanza yari afungiyemo. Aya ni amakuru atangazwa n’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa mu Rwanda(RCS) ruvuga ko batorotse ari batatu mu ijoro ryo kuri uyu wa […]

Dore ingingo nyamukuru zagufasha niba utereta bikanga

Ese wigeze ukundana n’umukobwa cyangwa umuhungu usa neza urebeye inyuma, ufite akazi keza, ibitekerezo byiza, ugufata neza, ugukorera ibyiza byinshi? Nonese ni iki cyakubwira ko nta kindi kibyihishe inyuma, ni iki cyakubwira ko ari we wanyawe ko utarimo guta igihe, ko urukundo rwanyu rushobora kugera kure? [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Kugira ngo tuvuge ko ufite ubuhanga buhanitse […]

Kenya: Bamwe mu banyamakuru bari bagiye kumva icyo Odinga atangaza bakubiswe

Ijambo umunyapolitiki, Raila Odinga yagombaga kuvuga nyuma y’itangazwa ry’intsinzi ya perezida Uhuru Kenyatta kuri uyu wa kabiri ryatinze nyuma y’uko abayoboke ba Odinga bagabiye igitero ku banyamakuru babiri bari bagiye gutara aya makuru ku cyicaro cy’ishyaka. Iyi nkuru yatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye birimo Reuters tuyikesha, iravuga abanyamakuru basohotse biruka ku bwinshi nyuma y’aho umunyamakuru Francis Gachuri […]

RDC: Jean-Pierre Bemba ashyigikiye imyigaragambyo yamagana Perezida Kabila

Jean Pierre Bemba ufungiye i La Haye azira ibyaha byibasiye inyokomuntu, yatangaje ko ashyigikiye byimazeyo imyigaragambyo y’ abatavuga rumwe na Perezida Joseph Kabila. Nubwo Jean-Pierre Bemba ari mu buroko ku mugabane w’ i Burayi mu Buholandi aho yakatiwe igifungo cy’ imyaka 18, akomeje gukurikiranira hafi politiki yo mu gihugu cye. Bemba wari umaze igihe kinini […]

Amakuru mashya CIA ifite aremeza ko Hitler yaba yararokotse Intambara ya II y’Isi

Amakuru mashya yashyizwe ahagaragara aturuka mu nyandiko z’ikigo cy’ubutasi cy’Abanyamerika, CIA, aravuga ko Adolphe Hitler yaba yararokotse Intambara ya II y’isi ndetse akaba yarabaye muri Colombia amezi menshi mu 1954. Amakuru y’ubutasi, amwe mu yaherutse gushyirwa ahagaragara arebana n’iyicwa ry’uwahoze ari perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, J.F Kennedy, anatanga amakuru arambuye y’umuntu wabwiye […]

Bakame yijeje Abanyarwanda intsinzi mu mukino u Rwanda ruzakina na Ethiopia

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru “Amavubi” yatangiye imyitozo ku wa 30 Ukwakira 2017, kuri Stade Amahoro. Ni mu rwego rwo kwitegura umukino uzayihuza na Ethiopie bahatanira itike yo kwerekeza mu mikino y’igikombe cya Afurika cy’abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo ” CHAN 2018” rizabera muri Maroc mu kwa mbere k’umwaka utaha. Kapiteni wa yo Ndayishimiye Eric, […]

Nyarugenge: Umugore w’imyaka 23 akurikiranweho gushimuta umwana w’imyaka 2

Umugore w’imyaka 23 yaterewe muri yombi mu Murenge wa Mageragere, ho mu Karere ka Nyarugenge ashinjwa kwinjira mu rugo rw’abandi ninjoro agashimuta umwana w’imyaka 2. Iyi nkuru iravuga ko ibi bintu byabaye kuwa Gatandatu ushize saa cyenda z’ijoro, bikavuga ko uyu mwana ari uw’uwitwa Charlotte Mukarukundo ngo wari usinziriye ubwo byabaga. Mukarukundo bivugwa ko yibana […]

Urukundo rwa Selena Gomez na The Weekend rwahagaze

Umuhanzikazi w’umunyamerika, Selena Gomez wahoze mu rukundo na Justin Bieber, kuri ubu yamaze gutandukana na The Weekend wari wamusimbuye. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ikinyamakuru Thepeople cyatangaje ko bidasubirwaho Selena Gomez na The Weeknd batandukanye ndetse ko bitoroshye kongera kubabona bari kumwe nk’ibisanzwe. Icyi cyemezo cyo gutandukana na The Weekend ngo kikaba cyagoye Gomez ku buryo ngo atabyiyuvisha, […]

Paul Manafort wafashije Trump kwiyamamaza arashinjwa ibyaha 12 birimo kugambanira Amerika

Paul Manafort wigeze kuyobora ibikorwa byo kwiyamamaza bya Donald Trump yashinjwe ku mugaragaro ibyaha 12. Ibyo byaha birimo kugambanira Leta zunze ubumwe za Amerika no kwinjiza mu yandi amafaranga afite inkomoko mbi. Paul Manafort na Rick Gates bafatanyaga mu bucuruzi, barashinjwa kuba barakoreye ntaho banditse igihugu cya Ukraine maze bagahisha amafaranga abarirwa muri za miliyoni […]

Abanyarwanda 2 nibo bamaze kwegukana Tour du Rwanda, ese ni nde uzayegukana uyu mwaka ?

Hashize imyaka 8 irushanwa ku magare rizenguruka u Rwanda “Tour du Rwanda” ritangiye, kuva 2009 kugeza 2016 ibihangange bikina nk’ababigize umwuga bisimburana mu gutwara iri rushanwa, babiri muri bo ni Abanyarwanda, Valens Ndayisenga waritwaye kabiri na Jean Bosco uritwaye inshuro imwe. Ese ninde uzaritwara uyu mwaka 2017 ? Ntibakangwa n’imvura nyinshi iba ibari ku mugongo, […]

U Rwanda ntirurajwe ishinga n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC)-Mushikiwabo

Minisitiri w’ Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo yatangaje ko u Rwanda rudafitiye icyizere amasezerano ya Roma ashyiraho urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC), kuko rubogama. Yabitangaje mu muhango wo gutangiza imikorere ya televiziyo ya TV5 Monde Afrique mu Rwanda, ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 30 Ukwakira 2017. Ni nyuma y’ikibazo yabajijwe n’umunyamakuru Franà§oise Joly, […]

Israel: Sara Netanyahu akomeje gushinjwa guhohotera abakozi bo mu rugo

Umugore wa Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benyamin Netanyahu arshinjwa guhohotera abakozi bo mu rugo iwe ariko by’umwihariko umugore wamukoreraga bivugwa ko yari yaramubujije no kurya no kunywa. Ibi byahise byamaganwa n’umuryango wa Minisitiri w’Intebe, Netanyahu uvuga ko ari ibirego bidafite ishingiro. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye, ngo uyu mugore wahohotewe n’umubyeyi w’abana batatu ubarizwa […]

Kirehe: Abaturage bamaze imyaka 4 basaba ingurane y’ibyangijwe hakorwa umuyoboro w’amashanyarazi

Abaturage batuye mu tugari twa Cyanyana na cyerera mu murenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe, bavuga ko bangirijwe imitungo yabo ubwo hakorwaga umuyoboro w’amashanyarazi ‘Cyunuzi- Rwanteru’, hashize imyaka 4 batarahabwa ingurane ku mitungo yabo. Aba baturage bavuga ko ubukene bubugarijwe, bwavuye kuri icyo kibazo bagize, MINALOC yarabasuye bakiyigezaho, Meya yizeza ko birakemuka vuba adatanze […]

Uhuru Kenyatta yatsinze amatora n’amajwi 98%

Perezida ucyuye igihe muri Kenya, Uhuru Kenyatta, yongeye gutorerwa kuyobora icyo gihugu. Yegukanye amajwi angana na 98%. Ni inyuma y’amatora asubiwemo yabaye kuwa kane w’icyumweru gishize kubera ko ayo yari yatsinze mu kwezi kwa munani yagizwe impfabusa n’urukiko rw’ikirenga. Umukuru w’abatavuga rumwe na leta, Raila Odinga, yanze kwitabira ayo matora avuga ko akanama gashinzwe amatora […]

Ese koko u Rwanda na Uganda byaba biri mu ntambara y'ubutita? Icyo ababivuga bashingiraho

Ibihugu by’u Rwanda na Uganda ngo byaba byongeye kwinjira mu ntambara y’ubutita, aho itangazamakuru ryo muri Uganda rikomeje kugaragaza bimwe mu bibazo by’ingenzi biri gutera umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi ubusanzwe by’ibivandimwe, birimo kuba igihugu cya Uganda kititaye ku kuba gikorana na bamwe mu bafatwa nk’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda n’abanzi b’igihugu . Kuri iyi nshuro […]

Ibirego bijyanye n’ihungabanywa ry’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda byariyongereye

Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu iratangaza ko yamaze gushyikiriza inzego zitandukanye ibibazo byagaragaye mu iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, no kuzisaba ko zabikemura,ibyo bibazo ariko byagiye byiyongera ugeranyije no mu myaka yabanje. Mu mwaka wa 2016-2017 iyo komisiyo yagenzuye ibibazo 2.174 mu gihe uwawubanjirije yari yagenzuye 2144 ,mbere yaho ari 2038. Muri ibyo, ibiza ku isonga […]

Ruhango: Uwabyaye impanga incuro 2 arasaba Leta ubufasha

Mukanoheri Maritha utuye mu mudugudu wa Remera, akagari ka Muhororo, umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, ubusanzwe uri mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe, avuga ko nta bushobozi afite bwo kurera abana be 4 agasaba ubufasha Leta. Ubwa mbere uyu mubyeyi yabyariye rimwe abana 2, ubu bafite imyaka 7, yongeye kubyara bwa kabiri nabwo abyara […]

Gicumbi: Abagabo 4 bashinjwaga kwica umuntu bamuteraguye ibyuma bahanishijwe igifungo cya burundu

Mu cyumweru gishize nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi rwasomeye mu ruhame, urubanza Ubushinjacyaha bwaregagamo Kwizera Jean D’Amour ,Niyitegeka Vincent, havugimana Jean Pierre , Musabyemungu Isaie na Tuyishimire Evariste icyaha cy’ubufatanyacyaha mu bwicanyi, bane muri bo bahanishijwe igifungo cya burundu. Icyo cyaha bagikoze Tariki ya 12/07/2017 mu mudugudu wa Gatobotobo, akagari ka Kabuga, Umurenge wa Kageyo, […]

Goma: Imvururu z’abamagana Perezida Kabila zaguyemo abapolisi n’abasirikare

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2017, nibwo mu mujyi wa Goma hatangiye kuvuka imvururu z’abamagana Perezida Kabila ku butegetsi, mu bayiguyemo harimo abasirikare n’abapolisi. Amakuru yizewe agera kuri Bwiza.com, ni uko muri izo mvururu Abapolisi 2 n’ umusirikare umwe ndetse n’abasivile 8 bahasize ubuzima, umubare w’abakomeretse ukaba utaramenyekana n’ibindi bikorwaremezo byasenywe. Bikomeje […]

Ferwafa yashyizeho amategeko agenga amatora ya yo ishyiraho na komite y'akanama k'ubujurire

Mu mpera z’icyumweru gishize, hateranye inama idasanzwe y’inteko rusange ya Federasiyo y’igihugu y’umupira w’amaguru itora amategeko agenga ibikorwa by’amatora muri Ferwafa ndetse inashyiraho Komite y’akanama k’ubujurire ndetse n’abashinzwe akanama k’amatora. Ni nyuma y’uko ibi babisabwe na Federasiyo y’umupira w’amaguru ku isi, mu mezi 4 ashize ariko ntibyashoboka, ibi bikaba ari bimwe mu bizagabanya ibibafo biri […]

Rubavu: Umukozi wo mu rugo aracyekwaho kuroga abana 4, babiri bahita bapfa

Abana babiri bo mu kagari ka Buhaza, umudugudu wa Gabiro, umurenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu baraye bitabye Imana, biracyekwa ko bazize uburozi bagaburiwe n’Umukozi w’umuturanyi wabo, mukuru wabo we arembeye mu bitaro bya Gisenyi. Mu kiganiro Bwiza.com yagiranye n’umukuru w’umudugudu wa Gabiro, Madame Furaha Germaine, ko mu mugoroba wo ku wa 29 Ukwakira […]

RDC: Abaturage bane n’umupolisi biciwe mu myigaragambyo

Abasivili bane n’umupolisi umwe nibo bamaze kwicirwa mu myigaragambyo yadutse kuri uyu wa Mbere mu burasirazuba bwa Congo, aho abigaragambyaga mu mujyi wa Goma basaba perezida Kabila kurekura ubutegetsi bitarenze uyu mwaka. Umunyamakuru wa AFP uri i Goma aratangaza ko yiboneye imirambo ine y’abaturage mu gace ka madjengo ko muri Goma, mu gihe undi murambo […]

Impinja zari zifatanye mu buryo buteye ubwoba zabazwe haribazwa niba zibaho

Umuganga wayoboye igikorwa cyo gutandukanya abana b’impanga Jaga na Kalia, bavutse bafatanye umutwe, yatangaje ko afite icyizere ko baza kumererwa neza, ndetse ko umwe muri boy amaze gutora ubwenge. Muganga Deepak Gupta avuga ko Jaga yamaze kureba kandi asa n’uwumva ibyo bamubwira gukora nko kuzunguza ukuguru cyangwa ukuboko. Uwo bavukanye Kalia, we aracyari ku miti […]

Umugore yakubise umwana we kugeza apfuye amuziza ko yananiwe kwiga Bibiliya

Umugore witwa Rhonda Shoffner w’imyaka 41 y’amavuko akurikiranyweho kwihekura aho yiyiciye umwana amuziza ko yananiwe gusubiramo imirongo yo muri Bibiliya. Rhonda ukomoka muri leta ya Pennsylvanie muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, yishe umwana we w’umukobwa nyuma y’uko yamubwiraga imirongo yo muri Bibiliya ngo asubiremo, umwana bikamunanira nyuna akamukubira kugeza apfuye kuko yamusabaga gusubiramo byamunanira akamukubita. […]

Musenyeri Cornelius wahamagariraga Kenyatta na Odinga kwiyunga yitabye Imana

Musenyeri Cornelius Korir wayoboraga Diyoseze Gatolika ya the Eldoret muri Kenya yitabye Imana. Uyu mushumba wari ufite imyaka 67 ashaje atageze ku nzozi ze yakunze kwerekana, ahamagarira abayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi muri iki gihugu, Jubilee kwiyunga n’abatavuga rumwe naryo. Mu byumweru bibiri bishize, Musenyeri Cornelius nibwo yahamagariye aya mashyaka kwitabira ibiganiro bigamije amahoro mu […]

Umunyamakuru uzahamwa no gutuka umukuru w’igihugu ashobora gufungwa imyaka 7 agacibwa n’ihazabu

Umunyamakuru w’Umunyarwanda uzahamwa n’icyaha cyo gutuka umukuru w’igihugu ashobora gufungwa imyaka 7 agacibwa n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda agera kuri muliyoni 7. Iyi ngingo iri mu mbanzirizamushinga y’igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, inteko ishinga amategeko mu Rwanda ikaba yaramaze kwemeza ishingiro ryawo. Ikaba igaragara mu bijyanye n’itegeko ry’itangazamakuru mu Rwanda. Inkuru igaragara mu Kinyamakuru the […]

Uwabura imitungo yose ariko akagira ukuboko kw’ Imana -Bishop Jimmy Muyango

Iyi ntero yashimangiwe na Pasiteri wa Potter’ s Hand Ministry, Jimmy Muyango mu gikorwa cyo kumurika album ya mbere y’ itsinda Potter’ s Hand Worship kuri iki cyumweru taliki ya 29 Ukwakira 2017 mu nzu mberabyombi ya New Life Bible Church ku Kicukiro. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Iki gitaramo cyari gifite insanganyamatsiko igira iti:” guhura n’icyubahiro gihoraho […]

RPPA yashyize ahagaragara urutonde rw’ibigo 181 bitakemerewe gukorana na leta

Ikigo cy’igihugu gishinzwe amasoko ya leta (RPPA) cyashyize mu kato ibigo 181 bizira gukoresha amanyanga mu gushaka amasoko no kutubahiriza amasezerano. Muri ibi bigo, ibigera kuri 34 byashyizwe mu kato by’agateganyo bizira kuba byaratanze amakuru Atari yo biri gushaka amasoko ya leta no kuba bitarubahirije ibyari bikubiye mu masezerano bihabwa amasoko. Bimwe muri ibi bigo […]

Zimbabwe: Perezida Mugabe yirukanye uwari umushinjacyaha mukuru wa Repubulika

Perezida Robert Mugabe wa Zimbabwe mu mpera z’icyumweru gishize yirukanye Umushinjacyaha Mukuru wa repubulika, Ray Goba wari umaze ukwezi n’ibyumweru 2 ashyizwe kuri uyu mwanya. Perezida Mugabe w’imyaka 93 ntiyigeze atanga impamvu yatumye yirukana uyu mushinjacyaa mukuru mu gihugu wari washyizweho ubwo visi perezida Emmerson Mnangagwa yari akuriye minisiteri yy’ubutabera ari nayo ishinzwe Umushinjacyaha Mukuru. […]

Ishyaka Green Party ryatangiye ibikorwa byo gushaka abazarihagararira mu matora y’Abadepite

Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda), ryatangiye urugendo rwo gushaka abazarihagararira mu bikorwa by’amatora y’Abadepite mu rwego rw’uturere no mu ntara, aya matora akaba ateganyijwe mu umwaka utaha wa 2018. Ni ibikorwa byatangiriye mu turere 3 turimo ako mu Ntara y’Uburengerazuba, Amajyaruguru na kamwe ko mu Majyepfo, utwo turere tukaba […]

Nsabimana Callixte yitandukanije na RNC ashinga ishyaka yita irirwanya Leta y’u Rwanda

Callixte Nsabimana bakunze kwita Sankara yashinze ishyaka rye rya politiki nyuma y’ icyumweru kimwe gusa yitandukanyije n’ ihuriro RNC ritavuga rumwe na Leta y’ u Rwanda. Mu ibaruwa ifunguye ndetse no mu kiganiro aherutse kugirana na radio imwe ikorera mu mahanga, uyu Callixte Nsabimana yatangaje impamvu nyamakuru yatumye yitandukanya na RNC, ko ari uko abona […]

Urujijo ku gakoko kameze nk’umuntu n’igihimba cy’ipusi mu gihugu cya Malaysia

Polisi ikorera muri Malaysia iri gushakisha amakuru ku ikwirakwizwa ry’agakoko gafite isura nk’iy’uruhinja, igihimba n’amajanja ariho inzara nk’iz’ipusi, gakomeje kugenda gahererekanywa ku mbuga nkoranyambaga. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Nubwo hari amashusho n’amafoto byakwirakwijwe bigaragaza iki kiremwa gifite uruhu nk’urw’umwana w’uruhinja, ubwoya bwinshi kandi burebure bwirabura ku mutwe, amenyo y’amabwene maremare ari hanze y’umunwa n’inzara nk’iz’igikoko ku majanja, […]

Ibibazo 5 bikaze abagore bakunze kubaza abagabo babo

Abashakashatsi batandukanye ku by’ imbonezamubona bagiye bagaragaza ko abagore bahorana amakenga ndetse bakanyurwa no kubwirwa amagambo meza, ibyo rero bituma barangwa no kwibaza ibibazo byinshi ku rukundo bafitanye n’ abagabo babo. Nk’ ibyo ibibazo bakunze kubaza abagabo 1.Ese ndi munini? Iki kibazo kitanafite akamaro kanini gikunzwe kubazwa n’ abagore kugeza abagabo babahaye igisubizo kibanyuze. Iyo […]

RDC: I Goma haravugwa imyigaragambyo mu gihe humvikana n'amasasu mu duce tumwe

Mu duce dutandukaye tw’umujyi wa Goma, ho muri Kivu y’Amajyaruguru, mu gitondo cyo kuri uyu wa 30 Ukwakira habyukiye urusaku rw’imbunda usa nk’usohoka muri uyu mujyi. Haravugwa n’imyigaragambyo ikomeye y’abaturage mu duce twa Majengo, Kibweti-ville, Ndosho na katindo. Iyi nkuru dukesha Radio Okapi, iravuga ko abaturage bagerageje kwinjira mu mujyi rwagati, nyuma yo kubisabwa n’ihuriro […]

Yaba ari mpamvu ki u Rwanda rwibasirwa iyo hari igikomye mu Burundi na Congo?

Biraboneka ko inzira ikiri ndende kugirango abaturage batuye akarere k’ibiyaga bigari basobanukirwe neza n’ubuzima bakunze kunyuramo bushingiye ku mibano y’ibihugu byabo, kenshi ijya iba mibi bakahababarira, yaba myiza bakabyungukiramo, aha ni naho umuntu yakwibaza impamvu bimwe mu bihugu bituranye n’u Rwanda bikunze kurwibasira iyo biri mu bibazo. Iyo umuntu yumva ngo “u Rwanda”, mu gakomye […]

Umugore n’umugabo bari mu mazi abira nyuma yo kwita umwana wa bo 'Jihad'

Umuryango mu Bufaransa ufunzwe ukurikiranyweho kwita umwana wa bo izina rifitanye isano n’ibikorwa by’ubwicanyi bamwe mu basengera muri Islam bakunze kwita intambara ntagatifu jihad. Uyu mugore n’umugabo we bakiri bato mu myaka bakaba ari abayoboke b’idini ya islam bibarutse umwana wa bo w’imfura mu kwezi kwa munani uyu mwaka, nyuma baza guhura n’ingorane ubwo bajyaga […]

Igihe kizagera bibe ngombwa ko u Bufaransa bwemera ko bwagize uruhare muri jenoside — Min. Mushikiwabo

U Rwanda rusanga igihe kizagera u Bufaransa bukemera uruhare rwabwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ndetse rugasaba perezida Emmanuel Macron gukemura ibibazo bifitanye isano na jenoside biri hagati y’igihugu cye n’u Rwanda nk’uko byatangajwe na minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo mu kiganiro n’ibitangazamakuru bitandukanye byo mu Bufaransa. Nyuma y’iminsi mikeya u Rwanda […]

Somalia: Umuyobozi wa Polisi n’ushinzwe iperereza birukanywe

Leta ya Somalia yakuye ku buyobozi uwari Umuyobozi mukuru wa polisi muri icyo gihugu, Abdihakim Dahir Saiid n’uwari ukuriye urwego rw’igihugu rw’iperereza Abdillahi Mohamed Sanbalooshe, nyuma y’ibitero by’abiyahuzi bimaze iminsi bihagabwa. Itangazo ryavuye mu biro bya Minisitiri w’Intebe rigaragaza ko Somalia abo bayobozi bakuwe muri uwo mwanya nyuma y’igitero cyagabwe hafi ya hoteli iri imbere […]

Raila Odinga yasabye andi matora mu minsi 90

Umukuru w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, Raila Odinga asaba ko hategurwa andi matora y’umukuru w’igihugu mu misi 90, yishungikiriza ko igihugu kibangamiwe ycane n’imvururu zishingiye kuri politiki. Odinga yabitangarije ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, hashize iminsi itatu yanze kwitaba amatora yo kuwa kane yakurikiye ayo muri Kanama, ibyayavuyemo bikaba byarateshejwe agaciro n’Urukiko rw’Ikirenga rw’iki gihugu. […]

Intumwa y’u Burundi muri Loni yahawe gasopo nyuma yo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ambasaderi w’u Burundi mu muryango w’Abibumbye(Loni), Shingiro Albert yavuze ko u Rwanda ari igihugu cyiriza ko cyakozweho na Jenoside [yakorewe Abatutsi], (Un pays qui se dit victime du Genocide) yamaganirwa kure n’Umujyanama wa mbere wa Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni, Bwana Robert Kayinamura. Byabereye i New York , kuwa Kane w’icyumweru gishize tariki ya 26 […]

Akurikiranyweho gufata ku ngufu abanyeshuri basaga 20 mu kwezi kumwe bahujwe na facebook

Polisi ya Natete muri Uganda icumbikiye umugabo ukurikiranyweho gusambanya ku ngufu abakobwa basaga 20 mu kwezi kumwe, aba banyeshuri akaba abakurura bahuriye ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu musore witwa Kivumbi Omar bakunze kubyinirira Hamim Senfuka, ni umuturage wo mu gace ka Kabojja akaba asanzwe ari umucuruzi w’imyenda aho akoresha amafaranga mu koshya […]

URwanda na Ethiopia bigiye kongera guhura bihatanira kuzitabira CHAN 2018

U Rwanda na Ethiopia bigiye kongera guhuruzwa n’imikino 2 igomba kuzasigira kimwe muri ibi bihugu itike izatuma gikomeza mu marushanwa ya CHAN c’umwaka wa 2018. Biteganyijwe ko igihugu kizatsinda hagati y’u Rwanda na Ethiopia, kizahura na Misiri mu mukino uzabera muri maroc, iyitsinze ikaba izabasha gukomeza mu irushwanwa riteganyijwe muri 2018. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ni nyuma […]

Tanzania: Abanya-Afrika y’Epfo 3 bahambirijwe nta mpamba kubera kwamamaza ubutinganyi

Kuwa Gatanu w’iki cyumweru gishize , ni bwo inkuru yabaye kimomo ku itabwa muri yombi no kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania kw’abanya-Afrika y’Epfo 3 bakoreraga umuryango utegamiye kuri Leta ISLA [ Initiative for Strategic Litigation in Africa ],mu magambo arambuye y’icyongereza muri iki gihugu. Uyu muryango ukaba ushinjwa gukwirakwiza inyigisho zikangurira abantu kwitabira ibikorwa by’ubutinganyi […]