Impamvu 3 z'ibanze zituma abagore badasaba gukora imibonano mpuzabitsina kandi babishaka

Mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina hari bimwe mu bimenyetso bigaragara ku mpande zombi, gusa akenshi abagore ntibakunze kubwira abagabo babo ko bashaka gukora imibonano mpuzabitsina, gusa bakagira ibimenyetso byihariye bakoresha babigaragaza. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Kuba ubusanzwe bagira isoni: Bikunze kugaragara ko akenshi igitsina gore kigira isoni byagera ku ngingo yo gutera akabariro bigahumira kumurari ikaba impamvu ikunze […]

Beni : Inyeshyamba za ADF zagabye igitero ku birindiro bya FARDC

Urusaku rw’ amasasu y’ intwaro zikomeye rwaraye rwumvikanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Ugushyingo 2017 mu Karere ka Rwenzori kari mu nkengero z’ Umujyi wa Beni muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Umuvugizi wa FARDC , Lt Jules Ngongo yahise atangaza ko hari agatsiko k’ ingabo za ADF/NALU katurutse mu duce […]

Rubavu: Imanza Gacaca 190 ntizirarangizwa

Abahagaranira inyungu z’abarokotse jenoside mu karere ka Rubavu, bavuga ko hakiri imanza za gacaca 190 zitararangizwa n’inzego zibishinzwe. Murizo ngo izishobora kurangizwa ni 69 gusa, kuko izindi ari iz’abadafite ubushobozi bwo kwishyura, abapfuye n’abahunze. Ubwo itsinda ry’abasenateri bagize komisiyo y’ububanyi n’amahanga ,ubutwererane n’umutekano ryasuraga aka karere, ryagaragarijwe ko bagaragarijwe ko hakiri imanza zaciwe n’inkiko Gacaca […]

Byinshi wamenya ku Kigo NASA cy’Abanyamerika cyazobereye mu by’ikirere n’isanzure

Niba hari ikigo ku isi gifite icyubahiro, igitinyiro kandi kizwi ko gikoramo abantu b’intiti n’inzobere kurusha ibindi bigo byose ku isi, uwavuga ko ari NASA, ntiyaba akabije. Ubusanzwe NASA, ni impine n’amagambo y’icyongereza , asobanuye ko ari Ikigo cy’ubushakashatsi gishinzwe iby’Isanzure n’Ikirere hamwe n’ibikoresho bikenerwayo [ National Aeronautic and Space Administration ], iki Kigo kikaba […]

Revolisiyo y’ Abarusiya yatumye Afurika iharanira ubwigenge

Mu Burusiya, abaturage bari bibumbiye mu mashyirahamwe y’ ubuhinzi bayobowe na Vladimir ILLYCH Lenin, bifashishije ibitekerezo byabo n’ imbaraga bashoboye kwigobotora ingoma ya cyami yari yarabakandamije kugeza ubwo bashinze Repubulika y’ Abasoviyeti ku itariki ya 17 Ukwakira 1917. Iyi ntsinzi y’ abaturage b’ abahinzi yabyaye ubukominisiti yamamaye Isi yose ariko itera Misiri akanyabugabo kugeza ubwo […]

Burundi: Sosiyeti sivile iranenga abadepite ibashinja kwaka ruswa

Perezida w’ ishyirahamwe OLUCOME , Gabriel Rufyiri yatangaje ko amafaranga yakusanyijwe n’ Ishyirahamwe ry’ Amabanki agahabwa abakinnyi b’ Inteko Nshingamategeko ari ruswa. Mu itangazo yacishije mu bitangazamakuru bitandukanye, Rufyiri yagize ati “ Iki gikorwa cyakozwe n’ iri shyirahamwe bihabanye n’ amasezerano mpuzamahanga ya Loni kuko bifatwa nka ruswa yeruye ”. Kubwa Gabriel Rufyiri, amashyirahamwe y’ […]

Muhanga: Imiryango 20 muri 754 yamaze kwimurirwa mu mudugudu w’ikitegererezo wa Horezo

Akagari ka Muvumba kari mu murenge wa Nyabinoni, mu karere ka Muhanga, ni akagari kagizwe n’imidugudu 3 yose ikaba iri mu manegeka, biteganijwe ko abahatuye bose bagomba kwimurwa bagatuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Horezo, kugeza ubu imiryango 20 muri 754 izimurwa yamaze kuwutuzwamo. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyabinoni, Ndejeje Francois Xavier avuga ko aka kagari […]

Umugabo wanjye namufashe aryamanye n’indaya, nsanga ni umukobwa twiganye, none agahinda kanshenguye umutima- NKORE IKI?

Ahagana saa mbiri z’ijoro ku itariki ya 29 z’ukwa 10, nibwo umuntu yanyoherereje mesaje kuri telefone yanjye, ati ‘nyarukira kuri lodge, urebe ibyo umugabo wawe arimo gukora”. Ntabwo nazuyaje, naragiye ngerayo, ndamuhamagara aritaba ariko atazi ko ndi hafi aho, arambeshya ambwira ko ari ahandi hantu, tujya impaka ndende birangira akinguye kuko nifuzaga kureba umuntu yansimbuje. […]

Imashini [ robot ] ikoze nk’umugore yatanze ikiganiro mu nama inahabwa ubwenegihugu

Bwa mbere mu mateka y’isi, mu gihugu cya Arabia Saoudite, imashini ikozwe mu ishusho y’umugore (robot) yahawe ubwenegihugu, yanatanze ikiganiro mu nama iri kubera muri Arabia Saoudite. Ibi byatangarijwe mu nama y’ikoraniro mpuzamahanga mu by’ubukungu [ The Future Investment Initiative Forum ], yaberaga Riyad muri iki gihugu ,guhera kuwa 24 – 26 Ukwakira 2017 , […]

Uganda: Ni iki cyihishe inyuma y’ingendo bivugwa ko Kayumba Nyamwasa akunze gukorera muri Uganda?

Amakuru atandukanye amaze iminsi atangazwa n’itangazamakuru ryo muri Uganda nka Chimpreports ndetse na Spyreports, aravuga ko Kayumba Nyamwasa, utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda yaba akunze gukorera ingendo muri Uganda ndetse afitanye umubano ukomeye n’abayobozi ba Uganda barimo perezida Museveni ubwe ndetse na minisitiri w’umutekano, Gen (Rtd) Henry Tumukunde. Inkuru yasohotse ku rubuga Spyreports kuri uyu […]

Rubavu: Amata y'inka zagaburiwe ibirayirayi ntagira ubuziranenge

Aborozi b’inka n’abatunzwe n’umurimo wo gucuruza amata bo mu murenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu bahangayikishijwe na litiro z’amata zigera ku 1000 zitakirwa ku ikusanyirizo ku munsi ku buryo byateje abo baturage ibihombo bikabije, veterineri avuga ko biterwa n’inka ziba zariye ibirayirayi zigatanga umukamo utujuje ubuziranenge. Umwe mu bacunda bakora umurimo wo gutwara amata […]

USA: Umukozi wa twitter wari uvuye ku kazi yasize akuyeho konti ya perezida Donald Trump

Konti ya twitter ya perezida Donald Trump ikurikirwa n’abantu basaga miliyoni 40, izwi nka @realdonaldtrump, yakuweho mu gihe cy’iminota 11 n’umukozi w’ikigo cya Twitter amasezerano ye y’akazi yagombaga kurangira kuri uyu wa Kane Umukozi w’ikigo cya Twitter, amasezerano ye y’akazi yagombaga kurangira kuri uyu wa Kane yasize akuyeho konti ya perezida Donald Trump izwi nka […]

Zimbabwe: Umuhanuzi yakatiwe igifungo cy’imyaka 60 azira gusambanya ku ngufu umuyoboke we

Umuvugabutumwa muri Zimbabwe witwa Admire Maurukira w’imyaka 29 y’amavuko, yakatiwe gufungwa imyaka 60, gusa akazafungwa 50 indi 10 akazayikoramo ibikorwa bifitiye igihugu akamaro nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gusambanya ku gahato uwari waje ngo amusengere (Deliverance) Uyu muvugabutumwa akaba n’umuyobozi w’itorero, Five Fold Ministries ashinjwa ibyaha byo gusambanya abantu 5, kuri iyi nshuro yafatiweho akaba […]

Umuhanga mu gucuranga umwirongi na jazz music, Asaiah Katumwa aracurangira Abanyarwanda

Umuririmbyi ukomoka mu gihugu cya Uganda, Asaiah Katumwa yiteguye gutaramira Abanyarwanda, mu gitaramo cyiswe “Kigali Jazz Junction” . Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa kane tariki ya 2 Ugushyingo 2017, muri Kigali Serena Hotel, Asiah Katumwa yavuze ko aje gucuranga Jazz Music muri “Kigali Jazz Junction” kugirango ashimishe abakunzi b’injyana ya Jazz ndetse n’abakunda […]

Burundi: Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Inzego zishinzwe kubahiriza amategeko n’iz’umutekano zirashinjwa kuba ari zo nyirabayazana y’ihungabana ry’umutekano mu Ntara ya Cankuzo ho mu gihugu cy’u Burundi, nyuma y’aho abasirikare n’abapolisi basubiraniyemo mu ijoro ryo kuwa kabiri ushize, aho ngo kwiyemera n’umujinya ari byo ntandaro y’ubwumvikane bukeya hagati y’izi nzego. Abapolisi bane bakomerekeye bikomeye muri uku guhangana. Iyi nkuru dukesha urubuga […]

Misiri: Umunyamategeko mu mazi abira nyuma yo gukangurira abantu kujya bafata ku ngufu abagore bambaye nabi

Umucamanza mu Misiri yishyize mu kamashu nyuma yo gutangariza kuri televiziyo y’igihugu ko leta ifite inshingano zo guhohotera umugore wese cyangwa umukobwa wambaye imyenda ishwanyaguritse (Dechiree) cyangwa igaragaza ubwambure bwe. Ibi yabitangarije mu kiganiro gicaa kuri televiziyo y’igihugu kivuga ku bijyanye no guca uburaya, aho yavuze ko abakobwa cyangwa abagore bambara imyenda icikaguritse ku buryo […]

Gatsibo: Hagaragajwe izindi ngamba zizarushaho guteza imbere abatuye akarere

Mu nama Mpuzabikorwa y’Akarere ka Gatsibo yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 01/11/2017, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Bwana Mufulukye Fred yasabye Abayobozi kongera imbaraga mu kwita ku isuku , Kurwanya Ibiyobyabwenge n’ibindi byaha ahubwo bagaharanira guha serivisi nziza abaturage no gushyira mu bikorwa gahunda za Leta kugirango aka Karere gakomeze gutera imbere. Iyi nama Mpuzabikorwa […]

Hagaragaye amafoto ya Ndikumana Katauti aryamye mu gituza cya Miss Asma Jesca w'u Burundi

Ndikumana Hamad uzwi ku izina rya Katauti yatangiye guca amarenga ko ari mu rukundo n’umukobwa witwa Jesca wo mu Burundi uheruka gutangaza ko yabyaranye impanga na Diamond Platnumz. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ni nyuma y’iminsi mike uwahoze ari umugore wa Katauti, Owoya Irene wamenyekanye nka Oprah atangaje iby’ubukwe bwe n’undi muhanzi wo muri Tanzania, Dogo Janja, none […]

Rwamagana: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa n’inzego z’ibanze basiragizwa kuri mituweli

Abaturage bo mu murenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana barinubira serivisi mbi bahabwa bashaka ubwisungane mu kwivuza, bamwe muri bo bavuga ko bamaze amezi arenga atanu basiragizwa mu nzego z’ibanze ibyo basaba ntibabikorerwe kandi barishyuye neza. Bamwe basiragizwa bifuza gukura ku rutonde abapfuye n’abatakiri mu muryango ku mpamvu zitandukanye, hari n’abifuza kwandikisha abana bavutse,
 […]

Dore ibyo usabwa niba ujya ucika intege utera akabariro ukanashaka kunyaza bikanga

Mu buzima bwa muntu arakura akagera aho yubaka urugo, umugabo agakenera umugore, umugore na we agakenera umugabo, mu kubana rero hari zimwe mu nshingano z’ibanze umugabo aba asabwa kuzuza kimwe n’uko umugore na we haba hari izo asabwa kuzuza gusa uyu munsi turavuga kuri zimwe z’ibanze umugabo agomba kuzuza byanze bikunze, gutera akabariro (imibonano mpuzabitsina). […]

Abayobozi baherutse gutangaza ubwigenge bwa Catalogne batawe muri yombi

Abahoze ari abayobozi bo ku rwego rw’intara birukanywe mu myanya yabo muri Catalogne batawe muri yombi, uwahoze ayiyobora asabirwa gushyikirizwa urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ICC. Bane mu bahoze ari abayobozi b’iyi ntara bakuriwe na Carles Puigdemont, bahungiye mu Bubiligi, basabiwe n’abashinjacyaga kujyanwa imbere y’urukiko mpuzamahanga. Abo bategetsi bashakishwaga ntabwo bitabye urukiko rwo mu mujyi wa Madrid […]

Umunyeshuri w’umukobwa yatahuwe amaze kwanduza SIDA abasaga 580 mu gihe yateganyaga kwanduza 2000

Umwana w’umukobwa w’umunyeshuri utatangarijwe amazina, yatawe muri yombi amaze kwanduza agakoko gatera SIDA abagera kuri 586 mu mezi 5 gusa, akaba yari afite intego yo kwanduza abagera ku bihumbi 2. Uyu mukobwa ukomoka muri leta zunze ubumwe z’Amerika yatangaje ko yari afite urutonde rw’abagabo bakuze n’abasore yagombaga kwanduza agakoko gatera Sida, ibi akaba yabikoraga mu […]

Umugore usanga yaracurujwe mu gukobwa yasabye ko inkwano itareba umuhungu gusa

Umunyamategeko wo muri Zimbabwe, Priccilar Vengesai, yibaza ko niba umugenzo wo gukwa ukwiye gukwirikizwa, akavuga ko imiryango y’umuhungu n’umukobwa yompi yari ikwiye gukwa kugira hagume uburinganire hagati y’abagabo n’abagore. Uyu munyamategeko yagejeje ikirego ku rukiko rushinzwe itegeko nshinga, asaba ko ikirego cye cyakwakirwa , kuko ngo uwo mugenzo uteye ukubiri n’uburengenzira bwe nk’ umuturage. [xyz-ihs […]

U Bwongereza bwashyizeho Minisitiri w’Ingabo mushya, nyuma y’uko undi yegujwe

Nyuma y’umunsi micye, uwari Minisitiri w’Ingabo w’igihugu cy’u Bwongereza, Michael Fallon asabwe n’Inteko ishinga amategeko kwegura kubera ibyaha yashinjwaga byo gusambanya ku ngufu, iki gihugu cyamaze gushyiraho undi mu Minisitiri. Ku gicamunsi cyo ku munsi w’ejo kuwa Kane, ni bwo Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Theresa May on yatangaje ku mugaragaro ko Gavin Williamson asimbuye mugenzi […]

Mu myaka itarenze 10 nta mbogamizi mu bucuruzi muri Afurika zizaba zikiriho — Perezida Kagame

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame arateganya ko mu myaka 5 cyangwa 10 iri imbere imbogamizi zose zibangamira ubwisanzure mu bucuruzi muri Afurika zizaba zavuyeho. Nk’uko perezida Kagame avuga, ngo imiryango ihuza ibihugu mu turere muri Afurika yakoze byinshi mu gushyiraho ingamba nyazo zo gutuma habaho kwishyira hamwe mu bijyanye n’ubwisanzure mu bucuruzi ku mugabane. [xyz-ihs […]

Abaturage basanga Perezida Nkurunziza yifuza kuganisha u Burundi ku ngoma ya cyami

Abarundi batandukanye batangaza ko bahangayikishijwe no kubona Perezida Pierre Nkurunziza ashishikajwe no kuganisha igihugu ku ngoma ya cyami. Aba barundi bavuga ibi bahereye kuri politiki ishyizwe imbere mu Burundi yo guhindura itegeko Nshinga, Perezida Nkurunziza akabona amahirwe yo kongera kwiyamamaza mu 2020 na nyuma yaho ndetse n’andi mategeko atorwa. Ibi bitangiye kuvugwa cyane mu gihe […]

Abakinnyi ba Rayon Sports biganje muri 18 umutoza w’Amavubi azakinisha muri Ethiopie

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Antoine Hey yashyize hanze abakinnyi 18 barimo abakinnyi umunani b’ikipe ya Rayon Sports FC azitabaza mu mukino uzabahuza na Ethiopie mu mikino yo guhatanira itike ya CHAN 2018 izabera muri Maroc mu kwa mbere umwaka utaha. Kuri uyu wa kane tariki ya 2 Ugushyingo 2017, nibwo umutoza w’ikipe y’igihugu cy’u Rwanda, […]

Minisitiri w’Intebe yakiriye itsinda ry’abakozi ba IMF riyobowe na perezida wayo

Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 2 Ugushyingo, Minisitiri w’Intebe, Ngirente Edouard yakiriye itsinda ry’abakozi ba IMF barimo na perezida wayo, bakaba baje muri gahunda yo kwigira ku Rwanda ibitandukanye birimo no gushyira mu bikorwa gahunda y’uburinganire nk’imwe mu nkingi z’iterambere rirambye. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Abagize iri tsinda rikora mu kigega mpuzamahanga cy’imari muri […]

Urutonde rw’abayoboye itorero ry’Abadiventisiti ku isi guhera 1863 kugeza ubu

Itorero ry’Abadiventisiti b’umunsi wa Karindwi ku isi, ni rimwe mu matorero bivugwa ko akurikiza inzira ya Demokarasi mu bijyanye n’ubuyobozi bwa ryo, nk’uko bikorwa mu zindi nzego. Muri iri torero, usanga abarigize bagira uruhare mu kwitorera ababayobora ndetse ubuyobozi bwa bo bukaba bukurikirana mu nzigo zirimo ibyiciro bikurikira. General Conference (General Conference) Diviziyo (Division) Iniyo […]

Dore ingaruka zigutegereje mu gihe uhagaritse gukora imibonano mpuzabitsina

Mu buzima tubamo bwa buri munsi hari ibintu twimenyereza rimwe narimwe ugasanga bibaye karande kubuzima bwa muntu, ni nayo mpamvu hari ingaruka ushobora kugira igihe cyose uhagaritse ikintu cyose wari warimenyereje gukora iyo utakigikora. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] uyu munsi turagaruka kubijyanye n’imibonano mpuzabitsina iyo wari usanzwe uyikora cyane nyuma ukaza kuyihagarika , iyo umuntu amenyereye gukora […]

Gicumbi: Abakozi 3 b’akarere bari mu maboko ya polisi

Abayobozi batatu b’Akarere ka Gicumbi bari mu maboko ya polisi, bakekwaho icyaha cyo gucura umugambi wo kunyereza umutungo wa Leta ndetse no gukoresha inyandiko mpimbano. Abayobozi batawe muri yombi ni Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akerere ka Gicumbi, Bihezande Bernard n’Umuyobozi ushinzwe imiyoborere myiza, Ntezurundi Jacques bafashwe ku mugoroba wo ku wa Gatatu Tariki 01 Ugushyingo 2017 . […]

RDC: Amaherezo Komisiyo y’Amatora yemeye gutangaza ingengabihe y’amatora ya perezida

Ingengabihe y’amatora muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo izatangazwa mbere y’impera z’iki cyumweru mu rwego rwo kubahiriza yo kuwa 31 Ukuboza 2016 nk’uko byatangajwe na Visi Perezida wa Komisiyo y’Amatora (CENI), Norbert Basengezi, kuri uyu wa gatatu I Kinshasa ubwo yabonanaga na Musenyeri Oscar Cantu, perezida wa komisiyo mpuzamahanga ishinzwe ubutabera n’amahoro muri Kiliziya Gaturika. […]

Nidukomeza gukora cyane, ndemeza 100% ko tuzabona n’abakina ku mugabane w’u Burayi- Rusheshangoga

Rusheshangoga Michel arasaba abakinnyi b’Abanyarwanda kwigirira icyizere, bagakora cyane ndetse ko ari byo bizabaha amahirwe yo kurambagizwa n’andi makipe akomeye yo ku yindi migabane. Rusheshangoga Michel ni myugariro w’ikipe y’igihugu “Amavubi”, akanakinira ikipe ya Singida FC yo muri Tanzania. Mu kiganiro yagiranye na Radio TV 10, bwiza.com ikesha iyi nkuru, yakomoje ku nkunga nk’abakinnyi baba […]

UEFA: Real Madrid irasabwa gutsinda imikino yose isigaye ngo ibone gukomeza irushanwa

Nyuma y’uko ikipe ya Tottenham itsindiye real Madrid ibitego 3-1 mu irushanwa ry’ibihugu byabaye ibya mbere iwa byo, UEFA yakomeje mu cyiciro gikurikiyeho na cyo gishobora kuzayihesha amahirwe yo gukira umukino urangiza mu gihe ikomeje kwitwara neza. Umukinnyi, Dele Alli ni ni we watsindiye ikipe ye ya Tottenham ibitego 2 mu gice cya mbere cy’umukino, […]

Tanzaniya yatwitse inkoko zisaga ibihumbi 6 zavuye muri Kenya ari nzima

Leta yatanzania yategetse gutwika imishwi y’inkoko 6400 ivuga ko yakuwe mu gihugu cya Kenya mu buryo butemewe n’amategeko. Izi nkoko zifite agaciro ka Miliyoni 12.5 z’Amashilingi ya Tanzania zafatiwe ku mupaka wa Namanga mu karere ka Lodindo ku munsi wa Mbere w’iki cyumweru, leta ya Tanzania ihita itegeka ko zitwikitwa hafi aho ari nzima. Dr […]

Tariki ya 2 Ugushyingo: Abarasta bo ku Isi yose barizihiza iyimikwa ry’ umwami HaĂ ÂŻlĂ© SĂ©lassiĂ©

Ku itariki ya 2 Ugushyingo 1930, nibwo umwami w’ abami HaĂ ÂŻlĂ© SĂ©lassiĂ© I yimitswe kuba umwami wa Etiyopiya yahoze yitwa Abisiniya. Ibi byabaye ikimenyetso cy’ amateka akomeye y’ umurage w’ Imana ku mugabane wa Afurika kuko uyu HaĂ ÂŻlĂ© SĂ©lassiĂ© yagiye afatwa nka Mesiya mu gihugu cye ndetse no muri JamaĂ ÂŻque aho muvoma y’ abarasta yavukiye […]

Olusegun Obasanjo wahoze ayobora Nigeria yahishuye impamvu Boko Haram yashinzwe

Umukambwe Olusegun Obasanjo wahoze ari Perezida wa Nigeria yahishuye ku mugaragaro uburyo umutwe wa Boko Haram washinzwe. Ibi Obasanjo yabishimangiye ubwo yamurikiga igitabo cye cyo kurangiza amashuli ye yo mu rwego rwa Doctorat mu ishami ry’ Iyobokamana. Yagize ati : « Nakoze ubushakashatsi bwimbitse nsanga umutwe w’ intagondwa z’ Abayisilamu Boko Haram washingiwe mu Burasirazuba […]

Uganda: Abanyeshuri b’Abanyarwanda n’abanya-Uganda barwanye, 81 barirukanwa

Abanyeshuri b’Abanyarwanda barwanye n’abo muri Uganda, ku ishuri ryisumbuye rya Muntuyera High; 81 barahagarikwa. Ubuyobozi bw’iri shuri riherereye i Kitunga mu karere ka Ntungamo bwirukanye abagera kuri 81 bakekwaho kuba ba nyirabayazana b’iyo mirwano. Kuri iki kibazo hari abibaza isano cyaba gifitanye n’inkuru zimaze iminsi zisohoka ku kinyamakuru Chimpreports zivuga ku ntambara y’ubutita hagati y’u […]

Mu mafaranga 25,000 umunyeshuri wa UR ahabwa iyo akuyemo icumbi n’ibyo kurya asigarana 1,000

Umunyeshuri wa Kaminuza y’u Rwanda ngo atungwa n’amafaranga 600 ku munsi angina n’ibihumbi 18 ku kwezi mu gihe abahabwa inguzanyo yo kubatunga bahabwa amafaranga 25,000 bagasigarana 1000 gusa havuyemo n’icumbi ry’amafaranga 6,000. Ibi byatangarijwe mu kiganiro Komisiyo y’uburezi, umuco, urubyiruko n’ikoranabuhanga iri kugirana n’Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, aho hari kurebwa uburyo ibyo yigisha bihuzwa […]

Ingabo za RDF zivuye mu butumwa n'izigiyeyo zirasabwa gukomera ku isura y'igihugu

Ingabo z’u Rwanda(RDF) zasimbuye abasirikare bazo bari mu butumwa bw’amahoro i Malakal muri Sudani y’Epfo. Batayo ya 89 niyo igiye gusimbura Batayo ya 75 irangije igihe cy’umwaka mu kazi mu Ngabo za Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS). Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Ugushyingo 2017 nibwo abasirikare 266 ba Batayo ya 89 ku ikubitiro […]

Perezida Trump arasabira igihano cy’urupfu uwongeye kubariza nyuma y’iya 11 Nzeri

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump arasabira igihano cy’urupfu ushinjwa kugaba igitero cy’iterabwoba mu mujyi wa New York. Iki gitero cyahitanye abantu 8, kirashinjwa umwimukirawo mu gihugu cya Uzbekistan. Perezida Trump ari kumwe na leta ye aho akorera, yavuze ko agiye gufata ingingo zihuta ku buryo abantu binjira muri icyo gihugu nkuko […]

Abayoboraga Intara Catalogne iherutse gutangaza ubwigenge bahamagajwe mu rukiko

Abayoboraga Intara ya Catalogne muri Espagne bari baherutse gutangaza ko iyo ntara ibonye ubwigenge bwuzuye bakavanwa ku mirimo yabo bahamagariwe kwitaba urukiko rw’ikirenga. Bimwe mu byaha bishinjwa abo bayobozi 14 birimo gushaka kwiyonkora no kugumuka, nyuma y’amatora ya kamarampaka yo mu kwezi kwa cumi yemeje ko iyi ntara igomba kwigenga byuzuye. Urukiko rw’Ikirenga rwa Madrid […]

Ubushinjacyaha bwasabye ko abayoboke 7 ba FDU-Inkingi bakomeza gufungwa by'agateganyo

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwasabye urukiko kongera igihe cyo gukomeza gufunga abayoboke ba FDU Inkingi, ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda ndetse ritemerewe gukorera mu Rwanda, bakurikiranweho ibyaha byo gukorana n’imitwe irwanya ubutegetsi. Abaregwa uko ari barindwi kuri uyu wa gatatu bageze imbere y’urukiko bose bari mu mwambaro w’imfungwa, batanu muri bo bafite abunganizi mu gihe […]

Reka dusubizeho igihano cy'urupfu, abantu barakina n'urupfu mu kwicana-Perezida Mugabe

Perezida wa Zimbabwe Robert Mugabe ashaka ko igihano co gupfa gisubizwaho muri icyo gihugu. Ibyo yabitangaje nyuma y’aho umukozi umwe wo mu butabera avugiye ko abantu 50 bamaze gucibwa urubanza rwo gupfa. Igihano cyo gupfa giheruka gushirwa mu bikorwa mu mwaka w’ 2005 muri Zimbabwe nyuma y’aho uwagishyiraga mu bikorwa agiriye mu karuhuko cy’iza bukuru, […]

Nyuma yo kwihinduza isura, ashaka no kwikuzaho igitsina burundu akamera nk'ikivajuru (Amafoto)

Umusore witwa Vinny Ohh w’imyaka 23, amaze gukoresha asaga ibihumbi 60 by’Amadolari yibagisha uruhu ngo yihinduze nk’ikivajuru (Alien), nyuma yo kugera kuri ibi, akaba avuga ko ashaka gukora ibishoboka bakanamukuriraho igitsina kugira ngo agere ku ndoto ze neza. Uyu musore w’umunya California, avuga ko mu myaka 23 ishize yakuze yumva ashaka kugaragaza itandukaniro n’abandi bantu […]

Ibibazo bigaragara mu buhinzi byatumye Abadepite batumiza minisitiri ubushinzwe

Abadepite barasaba ko Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Mukeshimana Geraldine yitaba inteko ishinga amategeko agasobanura ku bibazo bitandukanye bikiri muri uru rwego bituma intego yo kwihaza mu biribwa itaragerwaho 100%. Babigarutseho ku wa Gatatu tariki ya 1 Ugushyingo 2017, ubwo Komisiyo ishinzwe ubuhinzi ubworozi n’ibidukikije mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda yagezaga ku nteko rusange y’umutwe w’abadepite […]

Dore ibintu 7 wagenderaho wemeza ko umukobwa agukunda

Si buri muntu ubona amarenga y’urukundo ngo abashe kuyisobanurira, kutabasha kumenya niba umukobwa agufitiye amarangamutima byaba intandaro yo kwitinya no kudatera intambwe nk’umusore ngo usabe urukundo. Mu muco nyarwanda ntibyabaga byoroshye ko umusore yihitiramo umukunzi, ababyeyi bafataga iya mbere bagahuza imisango, bagahana inka ndetse bagasurana aho niho baheraga bahana abageni “ agasozi kazamutse inka kamanuka […]

Muri uyu mwaka ubukungu bw’u Rwanda buzazamukaho 5,2% aho kuba 6,2% — IMF

Ikigega Mpuzamahanga cy’imari, IMF, cyisubiyeho gitangaza ko ubukungu bw’u Rwanda muri uyu mwaka wa 2017 buzazamuka ku rugero rwa 5,2% aho kuba 6.2% nk’uko cyabiteganyaga, ariko kikavuga ko buzongera kuzamuka mu 2018. Uku kwisubiraho mu mibare y’uko iki kigega cyateganyaga ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka muri uyu mwaka, ngo kukaba gukurikira uko ubukungu bwazamutse bitari […]

Uruhare abasenyeri Classe na Perraudin bagize mu kuvangura Abanyarwanda

Uruhare rw’ abazungu mu gucamo ibice Abanyarwanda rwatangiye kugaragara kuva ku mwaduka w’ umukoloni kugeza kuri jenoside yakorewe Abatutsi ibaye mu mwaka wa 1994 . Gusa aha igitangaje ni uko idini gakondo ry’ abakurambere ritigeze rishyirwa mu majwi ndetse ngo rivugwe mu bindi biganiro mpaka ku ruhare rw’ amadini mu kubiba inzangano n’ amacakubiri mu […]

U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu basinye amasezerano y'ubufatanye

U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu bashyize umukono ku masezerano ajyanye n’ishoramari n’imisoro. Ni amasezerano yashyizweho umukono n’umuyobozi mukuru wungirije ushinze ibikorwa mu kigo k’igihugu gishinzwe iterambere RDB Emmanuel hategeka. Iki gikorwa kikaba cyakozwe mu gihe i Dubai hakomeje ibikorwa by’inama ihuje abakuru b’ibihugu by’Afurika ku bucuruzi Afurika ikorana na Dubai. Aya n’amasezerano ajyanye […]

Abahatanira igihembo cy'umukinnyi mwiza wa Afurika 2017 bamenyekanye

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika CAF yatangaje urutonde rw’abakinnyi 30 ishaka ko hazavamo uzegukana igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umunyafurika n’umukinnyi mwiza w’umunyafurika ukinira ku mugabane wa Afurika. Umunya Gabon, Pierre-Emerick Aubameyang, wegukanye icyo gihembo muri 2015 ari kumwe kuri urwo rutonde n’abandi bakinnyi bakomeye bakina ku mugabane w’Uburayi nka Sadio Mane wo muri Senegal waje ku […]

Perezida Museveni yatangaje ko abaganga nibigaragambya bazafungwa

Umukuru w’igihugu cya Uganda, Yoweri Museveni, ngo yaba yarabwiye abari mu ishyirahamwe ry’abaganga muri icyo gihugu ko azashyiraho amategeko y’ibihe bidasanzwe anafunge abaganga, nibaramuka bagiye mu myigaragambyo iteganijwe mu cyumweru gitaha. Umukuru w’iryo shyirahamwe yabwiye BBC ko ibyo byavugiye mu nama barimo kuwa kabiri. Ariko ushinzwe amakuru mu biro bya Perezida Museveni yabihakanye. Amakuru aravuga […]

Biravugwa ko Umunyamakuru Ndahayo ‘yahunze’, Polisi na RMC barabivugaho iki?

Abazi Ndahayo Obed uyobora ikinyamakuru Intambwe bavuga ko badaheruka kumubona muri iyi minsi, mu butumwa buri gucishwa ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko ngo yahungiye mu gihugu kitatangazwa kubera impamvu z’umutekano we. Amakuru ari ku mbuga nkoranyambaga agaragaza inyandiko yanditswe mu izina rya Ndahayo, avuga ko ari mu mu buhungiro mu gihugu atatangaza kubera impamvu z’umutekano […]

Kigali: Abafite umubyibuho ukabije n’abashaka kubaka umubiri babonewe igisubizo- REBA AMAFOTO

Top Gym Muvandimwe, niyo yabaye igisubizo ku bafite umubyibuho ukabije ndetse n’abandi batandukanye bashaka gukora imyitozo ngororamubiri. Mu kiganiro Bwiza.com yagiranye n’umutoza mukuru muri “ Top Gym Muvandimwe ” Maniraguha Anaclet uzwi ku izina rya Fils, atangaza ko gukora imyitozo ari inyungu z’uyikora kandi ko icyo biyemeje ari ugufasha neza abayitabira. Ati “Hano abantu bahakorera […]

Rubavu: Abakoze ku muhanda ‘Kabuhanga-Bulingo’ bamaze amezi 6 batarishyurwa

Abaturage 70 bo mu karere ka Rubavu bahangayikishijwe n’amafaranga yabo bavuga ko ari miliyoni esheshatu batishyuwe kandi barakoreye Rwiyemezamirimo mu kubaka umuhanda Kabuhanga —Bulingo, uri mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu. Bamwe muri aba baturage 70 bishyuza ayo mafanga, bavuga ko bayakoreye hagati y’ukwezi kwa gatanu n’ukwa munani muri uyu mwaka wa 2017, […]

Diamond yise abana yabyaranye na Zari “intanga”

Umuhanzi Diamond Platnumz, ukomoka muri Tanzania yatangaje amagambo yatumye abakunzi be bayibazaho cyane, yafashwe nk’imvugo nyandagazi, aho yafashe ifoto ari kumwe n’abana be yabyaranye na Zari akandikaho amagambo agira ati “njye n’itanga zanjye ”. Uyu muhanzi w’imyaka 28 avuka i Tandale mu mujyi wa Dar es Salaam, afite abana babiri, umukobwa, Latifa Dangote n’umuhungu, Nillan […]

Polisi igiye gushyiraho umutwe udasanzwe wo kurwanya magendu n'ibiyobyabwenge mu Majyaruguru

Ikibazo cy’ibiyobyabwenge na magendu gikunze kuvugwa mu ntara y’Amajyaruguru kigiye guhagurukirwa n’inzego z’ibanze zifatanyije na polisi y’igihugu n’icyigo cy’imisoro n’amahoro. Muri turere twa Rulindo, Gicumbi na Burera hakunze kuvugwa abakora ubucuruzi butemewe bwa kanyanga igifatwa nk’ikiyobyabwenge mu Rwanda. Ibyo biyobyabwenge bizanwa mu buryo bwa magendu, ababizana bitwa ”abarembetsi’. Mu rwego rwo guhangana n’icyo kibazo, ku […]