Umupasiteri yandagajwe n’umugore w’umusazi avuga ko ari we wamuteye inda y’umwana afite

Umupasiteri mu gace ka Oyo muri Nigeria ari kugenda yihishahisha abantu kubera umugore wumurwayi wo mu mutwe umushinja kuba ari we se w’umwana afite. Uyu mugore ufite ikibazo cyo mu mutwe agendana amafoto y’uyu mupasiteri bari kumwe kera bagisengana akiri muzima, agenda amubaririza abahisi n’abagenzi avuga ko ari se w’umwana. Uyu mugore, Maria w’umwana w’umwaka […]

Rulindo: Amakosa mu byiciro by’ubudehe abuza abafite ubumuga amahirwe kuri serivise zibagenewe

Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Murenge wa Bushoki mu Karere ka Rulindo basanga ibyiciro by’ubudehe bagiye bashyirwamo bidahuye n’imibereho ya bo n’ubushobozi, ndetse bitarashingiye no ku bumuga bafite, ibi bikababuza amahirwe yo guhabwa serivisi zimwe na zimwe ziba zigenewe abatishoboye. Mugabire Augustin ni umugabo ufite imyaka hagati ya 40-45 ariko agendera ku kibando akanacumbagira. […]

Maze kubyara abakobwa 6, umugabo wanjye amereye nabi ngo ngiye guca umuryango kuko tutarabyara agahungu! Nkore iki?

Nakuze banyita izina rya Juliet ariko si ryo ryanditse ku irangamuntu yanjye. Ndi umugore mfite imyaka 39, maze kubyara abana 6 b’abakobwa umuto muri bo afite amezi8. Umugabo wanjye amereye nabi ngo ngiye kumucira umuryango ngo kuba tutabyara umwana w’umuhungu ndetse n’umuryango w’umugabo wanjye ntitugicana uwaka ngo naje guca umuryango kuko nabyaye abakobwa gusa. [xyz-ihs […]

Uganda: Abakutse amenyo, abagore batabyara n’abandi, ntibemerewe kwinjira mu gisirikare

Mu gihe hagikomeje imyitozo yo kongera amaraso mashya mu gisirikare cya Uganda, UPDF, hakomeje gushyirwaho imirongo ngenderwaho itangaje ndetse abenshi batanakeka ko ari impamvu zatuma abashaka kwinjira mu gisirikare. Muri ibi bikorwa byo kwinjiza abantu bashya mu gisirikare UPDF bimaze iminsi itari micye bitangijwe mu duce dutandukanye twa uganda, hagenderwaga ku bintu birimo gupima uburebure […]

Ibihano kuri Koreya ya Ruguru bizagira ingaruka kuri rubanda ruto

Intumwa idasanzwe ya Loni ku burenganzira bwa muntu muri Koreya ya ruguru itangaza ko ibihano amahanga yafatiye icyo gihugu bishobora kubangamira bikomeye uburenganzira bwa muntu muri icyo gihugu. Tomas Ojea Quintana avuga ko ibyo bihano bizagira ingaruka mbi ku butunzi bwa Koreya ya ruguru ariko kandi bizatandukira no ku buzima bw’ikiremwamuntu. Atangaza raporo y’umwaka ku […]

Umubyeyi w’abana 8 yicishijwe amabuye azira guca inyuma umugabo we

Mu gihugu cya Somalia, abarwanyi b’umutwe wa al-Shabab bicishije amabuye umubyeyi w’abana umunani nyuma yuko urukiko rumuhamije icyaha cy’ubusambanyi. Uyu mubyeyi yiciwe mu rubuga ruhurirwamo n’abantu b’ingeri zose ruri mu mujyi wa Saakow mu bilometero hafi 400 mu majyepfo y’umurwa mukuru Mogadishu. Mu majwi yashyizwe ku rubuga rwabo kuri interneti umucamaza wo muri al-shabab avuga […]

Ntuzambure imyenda umugabo wawe, impano umubyeyi yahaye umukobwa we washyingiwe

Nyina yamupfunyikiye impano iri mu gikarito kinini , gisumbya ubunini izindi mpano zose yahawe ku munsi w’ubukwe bwe, mbere yo kumuha imbuto umubyeyi agenera umwana. Nubwo, cyari igikarito kinini, harimo agapapuro gato, kanditseho ngo “Ntuzambure imyenda umugabo wawe” Ubwo yahamburaga impano yari yahawe n’abantu benshi mu bukwe bwe, yafashe igikarito kinini atangira kugifungura vuba vuba […]

Ubwigenge bw’intara ya Catalogne bwateje ibibazo

Leta ya Madrid yatse uburenganzira bwo kwiyobora intara ya Catalogne, ubu umunyamabanga wa minisitiri w’intebe ni we bayishinze, nubwo iyi ntara yari yatangaje ko yatoreye kwigenga burundu. Ukwigenga burundu kw’iyi ntara kwatowe n’abadepite bayigize . Umukuru wa polisi ya Catalogne yirukanwe mu kazi, ndetse n’inteko ishinga amategeko iraseswa, hahamagazwa amatora yo mu kwezi k’Ukuboza. Abashinjacyaha […]

Hatanzwe ibirego nyuma y’iperereza kuri Trump no ku Burusiya ku matora y’Amerika

Ibinyamakuru bya Leta zunze Ubumwe za Amerika byatangaje ko hatanzwe ibirego ku ruhare rw’ u Burusiya mu matora yo muri Amerika, ariko ntibyatangaje abarezwe n’icyo baregwa. Abaregwa abo aribo bose, bashobora gutabwa muri yompi kuva ku wa mbere w’icyumweru gitaha, nk’uko bitangazwa na televiziyo CNN. Ibigo by’iperereza bya Leta zunze Ubumwe za Amerika mu ntangiriro […]

Transparency International irasanga uburenganzira bw’abagororwa butubahirizwa uko bisabwa

Umuryango urwanya ruswa n’akarengane,Transparency International Rwanda(TI-Rw) usaba Leta korohereza abagororwa kubona uburyo bw’itumanaho mu buryo bwa rusange aho bafungiye. Uyu muryango mu bushakashatsi wakoze, wasanze mu magereza, abagororwa batunze za Telefoni mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Madame Ingabire Marie Imaculee, umuyobozi wa Transperency Rwanda avuga ko yasanze hari abagororwa batabona ababunganira, kandi ko abagororwa bajyanwaga nabi […]

Umugabo yanduje SIDA abagore 30 abishaka

Umugabo wo mu Butaliyani yagiranye imibonano idakingiye n’abagore 53 , nyamara yaramenye ko yanduye virusi itera Sida yaje gutera abagore 30. Uyu mugabo yagiye kwisuzumisha kwa muganga mu mwaka wa 2006. Ubu abagore bagera ku 30, baryamanye na we yarabanduje bituma bamurega. Nta wundi ni Vatentino Talluto w’ imyaka 33, mu bo yanduje harimo uwo […]

Perezida Kagame yatashye ikibuga kigezweho cya Cricket mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame afunguye ku mugaragaro ikibuga cyubatswe mu murenge wa Gahanga akarere ka Kicukiro, gikinirwaho umukino wa Cricket. Ni igikorwa yitabiriye nyuma yo gusoza umuganda ngarukakwezi yitabiriye ari kumwe n’abashyitsi batandukanye baturutse hirya no hino ku Isi. Iki kibuga cyubatswe kuri hegitari 2.5 cyatwaye akayabo ka miliyoni y’amapawundi, igikorwa cyagizwemo uruhare na […]

Perezida Kagame yitabiriye umuganda, uko wagenze hirya no hino

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yifatanyije n’abatuye Akarere ka Kicukiro mu muganda ngarukakwezi usoza uk’Ukwakira 2017. Ni cyabereye mu Murenge wa Gahanga ahubakwaga amashuri,cyanitabiriwe n’abaturage n’abayobozi batandukanye. Iki gikorwa kandi cyakurikiwe n’amatora y’abayobozi b’inzego z’ibanze aho zituzuye. Perezida Kagame yabwiye abaturage bari aho ko mu bashyitsi bitabiriye uwo muganda harimo n’abanyamahanga. Ati ” Turi kumwe […]

Bujumbura: Abaturage barasaba ko Imbonerakure zamburwa imbunda zitunze

Abaturage bo muri Komini Mutimbuzi ho mu Ntara ya Bujumbura bahangayikishijwe n’imbunda zitunzwe n’insoresore zo mu ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, zizwi nk’Imbonerakure, aho bivugwa ko byinshi mu byaha biri gukorwa muri iyi komini ari zo zibirinyuma. Abaturage bakaba bavuga ko ubuyobozi n’igipolisi ntacyo bukora kuri ibi bintu. Abaturage bo muri Zone Maramvya bavuga ko […]

Perezida Kagame yakuriye inzira ku murima, HRW, umuyobozi wayo ‘n’abiharaje gusebya u Rwanda’

Ndashaka kubwira uyu mugabo wa Human Right Watch uhora ansebya, asebya u Rwanda, ndi mu mwanya mwiza wo guharanira uburenganzira bwa muntu kurusha uko ubikora. Human Right Watch tuzi uburenganzira bwa muntu kubarusha. Twashyize ubuzima bwacu mu kaga duharanira uburenganzira bw’Abanyarwanda. Mwacyuye ingabo zanyu mu gihe abantu bicwaga. Twe twarimo turwana. Ese uburenganzira bwa muntu […]

Uburengerazuba: Mu miyoboro y’amazi meza 326 iri mu ntara, 191 niyo ikora

Mu nama y’umunsi umwe kuri gahunda y’ubufatanye hagati y’ubuyobozi bw’Akarere n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi, isuku n’isukura(WASAC) hagaragajwe gahunda ndende ikigo gifite mu kugeza amazi meza ku baturage. Nk’uko bitangazwa n’umuyobozi mukuru wungirije wa WASAC, Muhumuza Giselle, mu myaka irindwi iri imbere buri munyarwanda azaba afite amazi meza. Ibi rero ngo bisaba ingamba zikomeye n’ubufatanye hagati […]

Umunyamiderikazi w’imyaka 14 yapfiriye mu kazi mu Bushinwa ari kumurika imyambaro

Umunyamiderikazi w’imyaka 14 ukomoka mu Burusiya yapfiriye mu kazi ko kumurika imideri yari arimo mu Bushinwa azize umunaniro ukabije. Uyu mwana w’umukobwa witwa Vlada Dzyuba yituye hasi ajya muri coma nyuma y’aho yari amaze amasaha 12 yerekana imideri mu gikorwa cyaberaga mu mujyi wa Shanghai. Ku bw’amahirwe macye, ntiyabashije kongera gukanguka ndetse aza kwitaba Imana […]

Inzoga z'ibitoki zitujuje ubuziranenge zahagurukiwe

Abayobozi batandukanye mu Rwanda bongeye kugaragaza ko ikibazo cy’inzoga zikomoka ku bitoki ariko zivangwamo ibindi bintu bifite ingaruka ku buzima bw’umuntu ari ikibazo kibangamiye abatari bake bavuga ko gikururwa n’inganda zenga izo nzoga. Izo ababishinzwe baravuga ko zifite n’ingaruka ku buzima bw’abanywa ibyo binyobwa nk’uko bisobanurwa na Bwana Raymond Murenzi umuyobozi w’ikigo gitsura ubuziranenge mu […]

Kiyovu Sports yigaranzuye APR FC nyuma y’imyaka 12

Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze APR FC igitego kimwe ku busa (1-0 ) mu mukino wo ku munsi wa kane wa shampiyona y’igihugu y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere mu Rwanda. Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Ukwakira 2017 wabereye kuri sitade ya Mumena. Ikipe ya Kiyovu Sports yashyize igitutu kuri […]

Sudani y’Epfo yamanuye ibiciro by’impushya zo kuhakorera nyuma yo kuva ku 100$ akagera ku 10,000$

Igihugu cya Sudani y’Epfo cyafashe umwanzuro wo kongera kugabanya ikiguzi cy’uruhushya rwo kugikoreramo ku banyamahanga bahakorera, kiruvana ku madolari 10,000 ya Amerika agera ku 4000$ nyuma y’aho ikiguzi cyari cyazamuwe kugera ku 10,000$ muri Werurwe kivuye ku madolari 100$. Minisiteri y’imari y’iki gihugu ikaba ivuga ko yafashe iki cyemezo nyuma yo kunengwa n’imiryango myinshi y’abaterankunga […]

Julianna Kanyomozi niwe mutumirwa mukuru mu gitaramo cyo kumurika Album ya charly na Nina

Julianna Kanyomozi, umuhanzi ukomoka muri Uganda, byamaze kwemezwa ko ari we uzafatanya na Charly na Nina mu gitaramo cyo kumurika umuzingo (album) wa mbere ku wa 1 Ukuboza 2017, muri Camp Kigali. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Nkuko byatangajwe n’umujyanama w’iri tsinda rya Charly na Nina, Alex Muyoboke yemeje ko uyu muhanzi Julianna ari we uzaturuka hanze y’igihugu […]

Nyamasheke: Hubatswe igorofa bwa mbere mu mateka y’umurenge wa Rangiro

Abanyamuryango ba Wisigara-SACCO yo mu murenge wa Rangiro mu karere ka Nyamasheke, batewe ishema no gukorera mu nyubako y’igorofa y’agaciro ka miliyoni 73 bavuye mu nzu ishaje bakodeshaga, iyi nyubako ikaba ibaye iy’amateka muri uyu murenge na Cyato bituranye. Umurenge wa Rangiro ni umwe mu mirenge y’aka karere igikennye cyane, iyi nyubako yubatswemo ikaba ari […]

Umusore duteganya kurushinga yampishuriye ko yasambanye n’abakobwa 13, byanteye guhangayika- Nkore iki?

Muraho neza, iwacu ni mu karere ka Rwamagana, ariko nkorera mu ntara y’Amajyepfo. nifuza ko mwangira inama, kuko ndahangayitse, sinifuza ko umugabo wanjye yazansha inyuma ariko natekereza ko bakobwa bagera kuri 13 ngo baryamanye nkumva nkutse umutima. Ntavuze byinshi rero, umwaka utaha mu kwa kabiri mfite ubukwe ariko umusore tugiye kurushinga twaganiriye ku bijyanye n’igikorwa […]

Bidasubirwaho, u Burundi bwivanye mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC

Nyuma y’igihe gisaga umwaka, u Burundi bwanditse ibaruwa isaba ko bwava mu banyamuryango b’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC, kuri ubu bwamaze gutangaza ko butakibarizwamo. Ibi ni ibyatangajwe na minisitiri w’ubutabera mu Burundi, Aimee Laurentine Kanyana n’abandi banyepolitiki batandukanye aho yavuze ko kuva bakwandikira uru rukiko basaba ko bakurwamo mu banyamuryango ba rwo rutigeze rubasubiza cyangwa ngo […]

Burundi: U Bufaransa bwashatse gutabara Ndadaye Amerika iritambika — Deo Ngendahayo

Ngo kuwa 21 Ukwakira 1993 igihugu cy’u bufaransa cyashatse gutabara uwari perezida w’u Burundi, Merchior Ndadaye ariko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikabyitambika nk’uko byatangajwe na Deo Ngendahayo wahoze mu nzego z’ubutasi za perezida wa mbere wari utowe mu nzira ya demokarasi mu Burundi. Uyu wahoze akora ibijyanye n’ubucuruzi mu 1993 ariko anakorera ubutasi bwa […]

Kuba Kabuga na bagenzi be batarafatwa ntibyaba biterwa n’ubushake bukeya bw’ibihugu bahungiyemo?

Urwego rwashyiriweho kurangiza imanza z’abagize uruhare muri jenoside zitarangijwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ku Rwanda (ICTR) rufite inshingano zo guhiga, guta muri yombi no kuburanisha abakekwaho ibyaha bya jenoside. Mu bantu 90 bashakishwaga na ICTR, abagera ku munani ntibarafatwa. Batatu muri aba, biteganyijwe ko bazaburanishwa na MICT: Felicien Kabuga, Protais Mpiranya na Augustin Bizimana, mu gihe […]

Ese ni ngombwa ko ababyeyi bivanga mu rukundo rw’abana babo b’ingimbi n’abangavu

Urukundo ni nk’igitabo, buri rupapauro rugira inkuru yarwo, hamwe usoma inkuru inogeye amatwi urenga urupapuro rumwe ufite unyota yo gusoma urundi, ntabwo uba uzi ibyanditswe ku rundi rupapuro , niba bishimishije cyangwa bibabaje bityo bikagutera amatsiko yo gukomeza gusoma umunsi ku wundi, n’abagenze mu bugimbi n’ubwangavu baba bafite ayo matsiko. Abahanga mu myitwarire ya kiremwamuntu […]

Rulindo: Basezeranije Guverineri Gatabazi kuba aba mbere mu mihigo 2017/2018

Nyuma yo kuba aba 29 mu mihigo y’umwaka ushize 2016/ 2017, akarere ka Rulindo kahigiye kuza imbere ubwo kasurwaga na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi JMV. Ku wa 14 Ukwakira 2017, nibwo abakozi bose b’akarere ka Rulindo babonanye na Guverineri Gatabazi, barinenga bafata n’ingamba nshya zo kuzesa imihigo muri uyu mwaka w’imihigo. Bimwe mu byasubije akarere […]

Ibintu 9 wamenya ku buzima bwa rutahizamu w’Umwongereza, Harry Kane

Rutahizamu mu ikipe ya Tottenham w’imyaka 24, ukomoka mu gihugu cy’u Bwongereza, umwe muri barutahizamu bakomeye cyane amakipe yo muri Espagne ari kwifuza, yagize byinshi atangaza bitari bizwi na benshi ku buzima bwe. Harry Kane yabonye izuba ku wa 28 Nyakanga 1993, mu mujyi wa Chingford wo mu Bwongereza, yatangiriye umupira w’amaguru mu ikipe yo […]

Australia: Minisitiri w’Intebe Wungirije yahagaritswe azira kugira ubwenegihugu bubiri

Urukiko muri Australia rwemeje ko Minisitiri w’Intebe wungirije, Barnaby Joyce ndetse n’abandi banyapolitiki bane batorewe imyanya barimo mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko bafite ubwenegihugu bubiri bitemewe. Icyemezo cy’Urukiko Rukuru muri Australia kikaba gisobanuye ko batatu muri aba banyapolitiki, barimo Joyce, batakemerewe gukomeza imirimo bari bashinzwe, mu gihe abandi babiri bazava mu mirimo yabo muri Nyakanga. […]

Rulindo: Rwiyemezamirimo yateye imigano 48 kuri 3000 yari mu masezerano, Gitifu yanga gusinya

Rutikanga Jean Paul, Gitifu w’akagari ka Kigarama mu murenge wa Masoro, yabereye ibamba rwiyemezamirimo washakaga ko amusinyira ko yateye imigano 3000 kandi ku musozi hariho 48 gusa. Ni mu nama y’akarere ka Rulindo ihuje abayobozi bose b’inzego z’ibanze, abakozi bose b’akarere, abafatanyabikorwa na Guverineri w’intara y’Amajyaruguru Gatabazi JMV. Rutikanga Jean Paul, ahaguruka adakangwa na bagenzi […]

Dukomeze ubudasa mu cyerekezo twahisemo maze twubake u Rwanda twifuza- Jeannette Kagame

Madamu Jeannette Kagame yasabye abanyamuryango ba Unity Club kwimakaza ubumwe mu Banyarwanda kuko bizagira uruhare rukomeye mu iterambere ry’ igihugu. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Ukwakira 2017, ku munsi wa kabiri w’ ihuriro rya 10 ry’abanyamuryango ba ‘Unity Club’ by’ umwihariko barushaho kugira ubumwe bityo bikamurikira n’ Abanyarwanda bose muri rusange. […]

Canada: Umwana w’umukobwa abira ibyuya birimo amaraso

Umwana w’umukobwa w’imyaka 21 uba mu gihugu cya Canada akaba afite inkomoko mu Butaliyani, aravugwaho kuba arwaye indwara idakunze kuboneka hose, iyi ndwara ikaba ituma uko umubiri we uhumetse haza n’ibyuya by’amaraso. Uyu mwana w’umukobwa atangaza ko amaze imyaka igera kuri 3 ibi bitangiye kumubaho, gusa abaganga bakaba bavuga ko iyi ndwara bigoye kuyivura nubwo […]

Nyaruguru: Ubushinjacyaha bwifashishije video n’amajwi gusobanura ibirego bushinja Ntaganzwa

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwarangije gusobanura ikirego cyabwo mu rubanza buregamo Ladislas Ntaganzwa ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu. Mu iburanisha ryo kuri uyu wa kane, bukaba bwaragaragaje amajwi n’amashusho bwafatiye aho bikekwa ko ushinjwa yakoreye ibyaha. Kuri uyu munsi wa nyuma ubushinjacyaha bwari bufite ngo busobanure ikirego cyabwo, muri uru rubanza buregamo Ladislas Ntaganzwa, wahoze ari […]

Icyo wakwigira kuri Musa uvugwa muri Bibiliya ku bijyanye n’umugambi w’Imana ku muntu

Musa ubugwa mu Isezerano rya cyera muri Bibiliya, ni umwe mu bantu bafite amateka akomeye n’uburyo babayeho kuva bavutse kugeza bashaje, ndetse n’ibintu yagiye akora ahanini bitandukanye n’iby’abandi bavugwa mu gitabo cyo Kuva. Iyo usomye neza mu Kuva 1:15-22, uhasanga amakuru avuga kuri Musa, ibi bikagaragaza uburyo Imana yakundaga ubwoko bwa yo bw’Abisirayeli nubwo bari […]

Kenya: Bane bamaze kugwa mu bikorwa by'imyigaragambyo, abasaga 30 bakomeretse

Mu gihugu cya Kenya, ibikorwa by’amatora bikomeje kurangwa n’imvururu zirimo ibikorwa by’imyigaragambyo yamagara ibi bikorwa, kugeza ubu, abagera kuri 4 bakaba bamaze kubigwamo, mu gihe abandi babarirwa muri 30 bakomeretse bikomeye. Ku munsi w’ejo tariki ya 26 Ukwakira, ni bwo muri Kenya habaye amatora ku nshuro ya 2, gusa abo ku ruhande rwa Raila Odinga […]

Umunyarwanda Butare Esdras niwe ushinzwe ubucuruzi no kwinjiza Interahamwe mu ngabo z’ u Burundi

Abarundi baba hanze y’igihugu ndetse n’abatuye mu gihugu bakomeje kwibaza ku bwenegihugu ndetse n’ inshingano z’ Umunyarwanda Butare Esdras wakomeje gutungwa agatoki ko akorana na Perezida Pierre Nkurunziza. Esdras Butare ufite ubwenegihugu bw’ Ubunyarwanda ndetse n’ ubw’ ubuholandi, ngo ni umwishwa wa Kabuga Felicien uregwa kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka […]

Mali: Abasirikare 3 ba MINUSMA bishwe abandi barakomereka

Abasirikare batatu b’Umuryango w’Abibumbye bakomoka muri Tchad biciwe mu gihugu cya Mali abandi babiri barakomereka ubwo imodoka bari barimo yaturitswaga n’igisasu mu majyaruguru y’iki gihugu nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kane. Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’akanama k’umutekano bamaganye iki gitero cyakorewe ku muhanda uhuza Tessalit na Aguelhok. Abakomeretse bajyanywe kuvurirwa mu mujyi wa Kidal […]

Dore uburyo buhebuje wakoresha usoma umukunzi wawe akanyurwa

Ku muntu utarasomanaho na rimwe yumva gusomana bigoye, Ariko kandi ni byo. Gusoma umugore, umukobwa, umuhungu cyangwa umugabo bwa mbere ntibyoroshe. Kubibona mu mashusho biroroshye ariko kubishyira mu bikorwa ni ikindi kibazo. Aha twaguhitiyemo uburyo wakwitwara mu buryo bwo gusomana. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] 1.Ntabwo ugomba gusoma umukunzi wawe gusa ari uko mugiye guhuza igitsina gusa . […]

Kurayo amaso mugihe ubona umukobwa mukundana akora ibi

Hari ibintu by’ingenzi umukobwa ukunda agukorera bikaba byahita bikwereka ko atagukeneye na gato mu rukundo. Igitsina gore mu miterere ya cyo kirihariye cyane kuko usanga rimwe na rimwe badapfa kugaragaza amarangamutima yabo ku kintu batishimiye gusa hari bimwe bisa nk’ibyo bahuriyeho ari na byo tugiye kurebera hamwe. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] 1.Ngufata nk’umuvandimwe. Nta na rimwe umukobwa […]

Yakoze ibirometero hafi 25 mu kirere akoresheje intebe isanzwe n’ibipurizo: Amafoto

Mu cyagaragaraga nka kamwe mu duce tuzaba tugize filimi, umugabo ukomoka mu Bwongereza, Tom Moragan, yakoze ibirometero hafi 25 mu kirere akoreshejeje intebe isanzwe yo kuruhukiramo yari iziritseho ibipurizo byinshi cyane byari byashyizwemo imyuka ya Helium (He) yatumye bibasha kurushuho kujya mu kirere. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Morgan wakoze Miles 15,5 (Km 24,9) ubwo yari muri Afurika […]

RDC: Imirwano ikomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba mu nkengero za Beni

Urusaku rw’intwaro ziremereye n’intoya kuri uyu wa Kane, itariki 26 Ukwakira 2017, byumvikanye mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’umujyi wa Beni mu ntara ya kivu y’Amajyaruguru. Ni mu gihe Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika muri Loni, Nikki Haley, yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi 2 muri iki gihugu guhera ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu, itariki […]

Nigeria: Umupasiteri yahaye abayoboke nimero za konti ye n’iza telefoni ngo bajye bamwohererezaho amafaranga

Umupasiteri witwa Emmanuel Newman Edward, yanditse amateka ku gasozi abarizwaho nyuma yo gusaba abayoboke b’itorero ryw gutura amafaranga n’imodoka ku mugaragaro, akababwira ko ari bwo bari bubone imigisha y’Imana. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu muvugabutumwa akaniyita intumwa y’Imana wo mu itorero Faith Tabernacle prophetic ministries, Overseer mu gace ka Uyo aherutse gutanga nimero ye ya konti ya […]

Dore abagore 10 b’ibihangange ku Isi muri iki gihe kubera ibikorwa byabo

Hanze aha hari abagore bafite uruhare rukomeye muri politiki n’ubukungu ku Isi, aho ikinyamakuru wonderlist kivuga ko gukora urutonde rw’abagore 10 ba mbere b’ibihangange byakigoye kubera abagore benshi kuri ubu bagira uuruhare mu bikorrwa bitandukanye ku isi. Aba bagore bagaragaje ko bafite ibisabwa ngo bayobore isi nubwo bagenda bahura n’imbogamizi zikomeye zishingiye ku buringanire. Urutonde […]

Kicukiro: Istinda Potter’s Hand Worship rigiye kumurika album “Ishimwe ni iryawe”

Itsinda Potter’s Hand Worship ryateguye igitaramo gikomeye mu rwego rwo kumurika album yabo ya mbere bise “Ishimwe ni iryawe”. Mu kiganiro na Bwiza.com, Umuyobozi wa Potter’s Hand Worship , Emmanuel Rwagasana yashimangiye yizeye ko bafite Imana, anavuga ko iki gitaramo bateguye gifite intego nyamukuru yo gukangurira abantu kugirana ibihe byiza n’ Imana. Abajijwe impamvu istinda […]

Ikipe ya Rayon Sports FC yabuze ikibuga ikoreraho imyitozo

Ikipe ya Rayon Sports yabuze ikibuga ikoreraho imyitozo nyuma yo guhagarikwa gukorera ku kibuga cy’umufatanyabikorwa wayo ” Skol”. Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki ya 26 Ukwakira 2017, ikipe ya Rayon Sport nibwo yabuze ikibuga ikoreraho imyitozo, ibi bikaba bibaye nyuma yaho amasezerano ifitanye n’umufatanyabikorwa wayo skol ahagaritswe bityo igahita itakaza uburenganzira bwo […]

Amatora ya perezida muri Kenya yaguyemo batatu mu mijyi imwe yimurirwa umunsi

Batatu bamaze gupfa barashwe, abandi bakomeretse Mu bice bitandukanye bya Kenya, amatora yagiye yitabirwa ahandi ntiyitabirwa. Mu turere dutandukanye tugize Kisumu, ahari abayobok benshi ba NASA, amatora ntiyitabiriwe. Ibikoresho bya Komisiyo y’matora byabuze uko bigezwa ku biro by’itora, kubera ibibazo by’umutekano muke. Byatangajwe ko hari abantu batatu bishwe mu bigaragambya barashwe na polisi mu mijyi […]

Muhanga: Umugabo wasambanyije umwana we yakatiwe igifungo cya burundu y’umwihariko

Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwasomye urubanza Ubushinjacyaha bwarezemo umugabo witwa Nsengimana Ntakaburimvano Selemani, icyaha cyo gusambanya umwana afiteho ububasha(umwana we), nyuma yo kumuhamya icyaha rumuhanisha igihano cy’igifungo cya burundu y’umwihariko n’ihazabu ingana n’ibihumbi 100. Ni urubanza rwasomwe ku wa 19 Ukwakira 2017. Ku ruhande rw’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bwasabiye iki gihano uyu mugabo […]

RDC: Ambasaderi Nikki Haley i Kinshasa mu rwego rwo kwibutsa Kabila ko igihe kigeze

Nyuma yo kuva muri Ethiopia no muri Sudani y’Epfo, Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Muryango w’Abibumbye, Nikki Haley, kuri uyu wa gatatu yaraye I Kinshasa muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mmu ruzinduko rw’iminsi 2. Biteganyijwe ko asura MONUSCO i Goma muri Kivu y’Amajyaruguru, mbere yo kubonana n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi na sosiyete […]

Rulindo: Ku wa Gatanu ibiro n’ibibuga biba bifunze

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi JMV asanga umunsi wo ku wa Gatanu bamwe mu bakozi ba Leta barawugize uw’ikiruhuko, bagafunga ibiro bose ngo bagiye muri siporo nyamara wagera aho yateganijwe gukorerwa ukababura. Ubwo yaganiraga n’abakozi b’akarere ka Rulindo, yatangajwe no kumva ko abantu babiri aribo bagera ku kibuga. Umudamu ushinzwe imiyoborere myiza muri aka karere ntabasha […]

Umugore yibarutse umwana w’ibiro 7.1 (Amafoto)

Mu gihe bimenyerewe ko abagore babyara abana bafite ibiro hagati ya 1-4, ndetse ugasanga uwakabije yabyaye umyana w’ibiro 5, kuri ubu, umugore wo mu gihugu cya Vietnam aherutse kwibaruka umwana w’ibiro 7.1 Ni ibintu bitamenyerewe ko umwana yavukana ibiro nk’ibi nubwo hagiye hagaragara n’abashobora kuba baravukanye ibirenze ibi, gusa usanga abo babyeyi batungurwa kuko baba […]

Karongi: Umubyeyi ushinjwa kwicisha uruhinja rwe umuhini arasabirwa gufungwa burundu

Umubyeyi wo mu karere ka Karongi ukurikiranweho icyaha cyo kwica umwana we w’uruhinja arasomerwa kuri uyu wa kane, itariki 26 Ukwakira 2017 nyuma yo gusabirwa igifungo cya burundu n’ubushinjacyaha. Ku wa 20 Ukwakira 2017, nibwo Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Karongi bwasabiye igihano cy’igifungo cya burundu uyu mubyeyi witwa Mukashyaka Betty, bukurikiranyeho icyaha cyo kwihekura […]

Abarwanyi 71 bahoze muri FDLR bagiye gusubizwa mu buzima busanzwe

Ku barwanyi 209 batahutse bava muri Congo-Kinshasa kuva muri Mutarama 2017, 71 nibo bari busubizwe mu buzima busanzwe kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Ukwakira 2017. Iki gikorwa kibaye mu gihe Leta y’ u Rwanda ikomeje gusaba Umuryango Mpuzamahanga kwihutisha gahunda yo gucyura abahoze ari abarwanyi ba FDLR babarizwa mu nkambi za Kanyabayonga, Walungu […]

Nta gikuba cyacitse, abanyereza umutungo barakurikiranwa- Hon. Byabarumwanzi

Aya ni amagambo atanga ituze n’ ihumure mu banyarwanda, ko ubukungu butazajegajezwa n’abanyereza umutungo wa Leta kuko bakurikiranwa. Biravugwa n’Intumwa ya rubanda Byabarumwanzi Francois, ubwo yabazwaga n’abanyamakuru ukuntu inkingi y’ubukungu izitabwaho kandi raporo zigaragaza ko umutungo wa Leta usahurwa. Ni mu kiganiro abahagarariye amwe mu mashyaka yifatanije na FPR, ndetse n’uwari umukandida w’ishyaka Green Party […]

Tanzania: Haribazwa igikurikira ifatwa rya Gen Ntiranyibagira na Col Nshimirimana bakuriye umutwe wa FPB urwanya u Burundi

Mu guta muri yombi bamwe mu bagize impande ziharanira ubutegetsi mu makimbirane y’u Burundi, ngo Tanzania yarenze ku nshingano zayo nk’umuhuza mu bibazo by’u Burundi nk’uko byemezwa n’impuguke mu burenganzira mpuzamahanga, Emmanuel Klimis. Ni nyuma y’aho guhera kuwa gatandatu ushize abayobozi 4 b’abarwanyi b’umutwe urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, FPB, bafatiwe muri Tanzania aho bari mu […]

Leta ya Tanzania yahagaritse ikinyamakuru cya Kane, “Tanzania Daima”

Umuvugizi wa Guverinoma ya Tanzania, Dr Hassan Abbasi yatangaje ko ikinyamakuru Tanzania Daima cyandikaga mu rurimi rw’igiswahili gihagarara kubera amakuru giherutse gutangaza bivugwa ko akocamye. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Nubwo guverinoma ya Tanzania nta makuru yatangaje iki kinyamakuru gishinjwa gutangaza, ngo cyari kimaze kubigira akamenyero gutangaza amakuru leta ivuga ko adafitiwe guhamya ndetse iki kinyamakuru ntigitinye no […]

Mu Rwanda hagiye gufungurwa ikibuga cya Cricket cya hegitare 2.5 cyatwaye akayabo

Mu Rwanda hagiye gufungurwa ikibuga cy’umukino wa Cricket cyubatswe kuri hegitari 2.5 cyatwaye akayabo ka miliyoni y’amapawundi, igikorwa cyagizwemo uruhare n’Abanyarwanda n’abanyamahanga. Abafatanyabikorwa bagize uruhare mu mushinga wo kubaka iki kibuga bavuga ko bagiye gufata ingamba zo kubyaza umusaruro iki gikorwaremezo ndetse barusheho kumenyekanisha uyu mukino ku banyarwanda. Ibi barabitangaza mu gihe hasigaye iminsi micye […]