Gereza Yakobo Bihozagara yari afungiyemo yisobanuye ku cyamwishe
Umuyobozi wa gereza nyakwigendera Yakobo Bihozagara yari afungiyemo ari we, GrĂ©goire Nimpagaritse, aravuga ko yazize urupfu rutunguranye rwabaye ku gicamunsi cyo kuwa Gatatu hagati ya saa saba na saa munani. “Navuye mu biro nyuma ya saa saba. Mu gihe kitageze ku isaha menyeshwa urupfu rw’imfungwa” , uwo ni umuyobozi wa gereza, GrĂ©goire Nimpagaritse. Uyu muyobozi […]
Perezida Kagame yasabye bamwe mu bayobozi b’akaboko karekare kwihana
Ubwo yasozaga itorero ry’abayobozi riteraniye mu karere ka Gatsibo Perezida Kagame yanenze bamwe mu bayobozi bariye inka z’abaturage muri gahunda ya girinka aboneraho kandi umwanya wo kubasaba kwihana Perezida Kagame avuga ko bidakwiye na gato kuba umuyobozi yatinyuka agafata inka y’umuturage wa ntahonikora akamurira inka yari igenewe kuzamura imibereho ye kugira ngo agire aho ahera […]
Uteganya kuyobora u Bufaransa ngo kubushinja uruhare muri jenoside biteye isoni ndetse n'ukugoreka amateka
Kuva Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 yarangira uwahoze ari minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa, Alain Juppe, yakunze gushyirwa mu majwi mu ruhare rw’u Bufaransa muri aya mahano yatwaye ubuzima bw’abantu basaga miliyoni, ariko na n’ubu akomeje guhakana uruhare rw’u Bufaransa nk’uko yongeye kubigaragaza ku rukuta rwe rwa twitter. Kuri ubu Alain Juppe ni […]
ADEPR: Ese Rev.Past Sibomana Jean yaba azi umubare w’intama ayobora?
Tariki ya 21 Ugushyingo 2015 nibwo mu gihugu habaye ibirori by’akataraboneka abakiristo b’itorero ry’Abapantekote mu Rwanda (ADEPR) bizihiza isabukuru y’imyaka 75 rimaze rikorera mu gihugu, mu ijambo ryavuzwe n’umuvugizi mukuru Rev. Jean Sibomana yatangaje ko iri torero ryaba ryaragutse rikaba rifite abakiristo basaga miliyoni 2, uyu mubare ukaba ariwo ukibazwaho byinshi na bamwe mu basengeramo. […]
Abayobozi bazajya bafatirwa mu byaha bya ruswa bagiye kujya bashyirwa ku karubanda
Guverinoma y’u Rwanda irateganya gushyira ku karubanda amazina y’abayobozi bakuru bahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo wa leta mu rwego rw’uburyo bushya bwo gukomeza guhangana n’ikibazo cya ruswa mu nzego za leta. Imishinga y’iterambere igera kuri 75 bivugwa ko yadindiye kubera ikibazo cya ruswa n’imicungire mibi. Iyo mishinga yari ifite agaciro ka miliyari 125 z’Amanyarwanda, mu […]
Kenya: Umwana w’umukobwa wari utwite yiyahuriye umunsi umwe n’umukunzi
Umwana w’umunyeshuri w’ahitwa Subukia muri Kenya wari utwite yafashe icyemezo cyo kwiyahura nyuma y’akanya gato amenye ko umukunzi we nawe yiyahuye yimanitse mu mugozi. Uyu munyeshuri wigaga mu mwaka wa gatatu n’umukunzi we, Peter w’imyaka 23 akaba yakoraga akazi ko gutwara Bodaboda, biyamburiye ubuzima ku munsi umwe mu masaha atandukanye gusa kuri uyu wa gatatu […]
Gitifu n’abanyerondo barakekwaho guca umuturage intoki n’amano
Gitifu w’akagari ka Gisanze mu murenge wa Rubengera aravugwaho ibikorwa byo kwihanira akubita abaturage akabagira intere bikagera aho bacika amano n’intoki ndetse akanangiza ibyabo. Nzayisenga Jean Claude na Tuyisabe Fils bo mu kagari ka Gisanze, umurenge wa Rubengera mu karere ka Karongi, barashinja Habaguhirwa Jean Damascene umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ako kagari urugomo, guhungabanya umutekano w’abaturage, kubakubita, […]
Abanyeshuri ba kaminuza basuye ishami rya polisi rikoresha imbwa mu gusaka
Itsinda ry’abanyeshuri 20 biga muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami ry’Ubuhinzi, ubumenyi n’ubuvuzi bw’Inyamaswa, ejo taliki ya 31 Werurwe basuye ishami rya Polisi y’u Rwanda rikoresha imbwa mu gusaka ibisasu, ibiturika n’ibiyobyabwenge mu rwego rwo kwiyungura ubumenyi bujyanye n’ibyo biga. Bayobowe na Dr Ryan Caroline, umuyobozi w’ishami ry’ubuvuzi bw’amatungo, aba banyeshuri bakiriwe n’Umuvugizi mukuru wa Polisi […]
Abadepite bo muri Kenya baciye amazi ijambo rya Perezida Kenyatta
Abadepite batavuga rumwe n’ubutegetsi bavugirije induru Perezida Kenyatta igihe yagezaga ku gihugu ijambo rya buri mwaka uburyo igihugu gihagaze muri iki gihe. Abo badepite batangiye kuvugiriza no gusakuza Perezida agitangira kuvuga,. Mbere bari bavuze ko bazarogoya iryo jambo kugira ngo bamagane ukuntu leta ngo yananiwe kurwanya ruswa yabaye ndanze muri Kenya. Abadepite barindwi bahise basohorwa […]
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zababajwe n’urupfu rwa Yakobo Bihozagara
Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziratangaza ko zihangayikishijwe bikomeye n’ubuzima bw’imbohe zifungiye mu magereza yo mu Burundi nyuma y’urupfu rudasobanutse rwa Yakobo Bihozagara uherutse gupfira muri Gereza ya Mpimba. Mu itangazo zashyize ahagaragara kuri uyu wa kane, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zababajwe bikomeye n’urupfu rwa Yakobo Bihozagara, wigeze kuba ambasaderi w’u Rwanda […]
Col Byabagamba na Brig Gen. (Rtd) Rusagara bakatiwe gufungwa imyaka 21 na 20
Nyuma y’igihe baburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, Col. Tom Byabagamba na bagenzi be bahawe ibihano bitandukanye, aho Byabagamba yakatiwe gufungwa imyaka 21 anamburwa impeta za gisirikare, Br. Gen. (Rtd) Frank Rusagara Kanyambo akatirwa imyaka 20 naho Sgt. Franà §ois Kabayiza wahoze ari umushoferi we akatirwa imyaka itanu n’ihazabu y’ibihumbi 500 by’u Rwanda. Kuri uyu wa Kane […]
Centrafrique: Abasirikare ba ONU bategetse abakobwa gusambana n'imbwa ku ngufu
Abategetsi ba ONU baravuga ko batangiye gukora iperereza ku bivugwa ingabo zabo zari mu Centrefrique zaba zarakoze ibikorwa bibi byo gusambanyisha abakobwa inyamaswa. Mu mwaka ushize abana 69 bafashwe ku ngufu bikozwe n’abakozi 10 ba ONU. Ishyirahamwe riharanira uburenganzira bwa mu muntu rivuga ko hari umusirikare wa ONU yategetse abakobwa bane gusambanywa n’imbwa bahagarikiye icyo […]
U Buhinde: Ikiraro cyari kiri kubakwa cyasenyutse abasaga10 bahasiga ubuzima
Byibuze abantu barenga 10 birakekwa ko ari bo basize ubuzima mu mpanuka y’ikiraro cyari kikiri kubakwa ahantu hagendwa cyane mu mujyi wa Karkuta ho mu Buhinde . Abantu benshi ngo baheze mu bisigazwa by’iki kiraro mu gihe hari gukorwa ibishoboka ngo abakiri bazima batabarwe nk’uko amakuru aturuka mu gipolisi cy’u Buhinde avuga. Ravindra Kumar Gupta, […]
Ntabwo mukwiye gukoresha imyanya yanyu mu guhonyora uburenganzira bw'abaturage no kwigwizaho umutungo – Kagame
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki 31 Werurwe yasoje Itorero Imbonezamihigo ryari rihuje abajyanama b’uturere n’Umujyi wa Kigali bagera kuri 836 baturutse mu gihugu hose. Mu ijambo yabagejejeho, yabibukije inshingano zabo, anabasaba kujya basohoza ibyo biyemeje kuko ngo bimaze kugaragara ko ngo hari ibivugirwa mu itorero ariko ntibikorwe. Iri torero rikaba ryaberaga i […]
RDC: Moise Katumbi umukandida mushya ku mwanya wa Perezida
Ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Joseph Kabila ryiswe G7 ryamaze kwemeza ko Moise Katumbi wigeze kuba guverineri w’intara ya Katanga kuzahagarira mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba mu mezi 9 ari imbere ubwo Perezida Kabila azaba arangije manda ye ya kabiri. Iri huriro ryijeje Moise Katumbi inkunga yo kumushakira abayoboke ari nako […]
Abasirikare bifotoreje ku murambo w’ikihebe bari bamaze gutobaguza amasasu- AMAFOTO
Muri Irak abasirikare kabuhariwe (special force)barashe urufaya rw’amasasu ikihebe cyo mu mutwe wa ISIS cyashakaga kwiturikirizaho igisasu, bifotoreza ku murambo wacyo bishimira iyo ntsinzi. Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Mirror, ngo iki cyihebe cyari kigiye kwiturikirizaho bombe bakica kitarabirangiza, mu kugaragaza umunezero batewe n’igikorwa cy’ubutabazi bari bakoze bagiye bakifotorezaho cyapfuye. Andi mashusho yafashwe yerekanye umusirikare wa Irak […]
Jacob Zuma yahawe iminsi 105 yo kwishyura amafaranga ya leta yakoresheje mu nyungu ze
Perezida Jacob Zuma wa Afurika y’Epfo yananiwe kurinda no kubaha itegeko nshinga ry’igihugu cye none urukiko rwamuhanishije kwishyura amwe muri miliyoni 16$ yatanze mu kuvugurura inzu ye bwite ayakuye mu isanduku ya leta nk’uko urukiko rwanzuye kuri uyu wa Kane. Nyuma yo gutangaza amahano yakozwe n’uyu muyobozi, urukiko rwamuhaye iminsi 105 yo kuba yishyuye akayaboo […]
Impamvu 7 zishobora gutera umugore guca inyuma umugabo we
Bimaze kugaragara ko ingo nyinshi uko bukeye n’uko bwije zigaragaramo gucana inyuma, ku mpande zose ariko ku bagore hari impamvu zikomeye zituma baca inyuma abagabo babo zishobora no kuba intandaro yo gutandukana burundu. 1.Kutagaragarizwa amarangamutima Iyi ni imwe mu mpamvu zikomeye zituma abagore baca inyuma abagbo babo, nk’uko bizwi ko igitsina gore hafi ya bose […]
Kenya: Hasojwe imyitozo yahuzaga abasirikare n'abapolisi bo muri EAC
Abasirikare, abapolisi n’abasivile bo mu bihugu byo mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba basoje kuri uyu wa gatatu tariki 30 Werurwe 2016 imyitozo yiswe Ushirikiano Imara bakoreraga mu Kigo cya gisirikare cya Embakasi, i Nairobi muri Kenya. Iyi myitozo yari ifite intego yo kongerera ubumenyi abasirikare, abapolisi n’ abasivile gukorera hamwe mu bikorwa byo kubungabunga amahoro, kurwanya […]
N’ubwo asinzirira aho yicaye, Perezida Mugabe ngo asabwa kuyobora indi manda
Ni mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru kuri uyu wa Kabiri Tariki ya 29 Werurwe 2016, Aho perezida Robert Mugabe yari yagiriye uruzinduko mu mujyi wa Tokyo (Japan), atangaza ko abaturage bashaka ko agomba kwiyongeza indi manda ari ku butegetsi. Perezida Mugabe yashimangiye ko bamwe mu baturage binubira ko amaze igihe kinini ari ku butegetsi badakwiye kumunenga, […]
Wari uzi ko abantu 3 bapfa buri munota bazize igituntu?
Mu gihe u Rwanda rwifatanyije n’Isi yose ku munsi mpuzamahanga wo kurwanya igituntu, abaturage barasabwa gukomeza gukurikiza inama bagirwa zo kwirinda no kurandura indwara y’igituntu. Ibi byagarutsweho ubwo bamwe mu banyeshuri biga mu ishami ry’ubuganga muri Kaminuza y’u Rwanda bari mu gikorwa cyo gukangurira abaturage kwirinda igituntu ndetse no kumenya kwivuza neza igihe bacyanduye. Ibijyanye […]
Umusore udasanzwe imodoka yamunyuze hejuru asigara ari mutaraga- REBA AMAFOTO
Mu Buhinde, Amandeep Singh uzwi ku izina rya Iron Man w’imyaka 34 y’amavuko, ntazi ikitwa ubwoba mu buzima bwe kuko yanyuzwe hejuru n’imodoka ntiyagira icyo aba. Uyu mugabo wiyise Iron asanzwe agaragaza ubuhangange aho akunze kwiyerekana aterura abagabo akoresheje amenyo ye n’ibindi biremereye. Si ibyo gusa kuko amena amabuye ya rutura akoresheje ikiganza, akanakurura ipikipiki(moto) […]
Ikinyamakuru Charlie Hebdo cyakoze Stromae mu nkovu
Ikinyamakuru Charlie Hebdo cyo mu Bufaransa cyakoze mu nkovu umuhanzi Stromae ufite inkomoko mu Rwanda nyuma y’aho kuri uyu wa Gatatu gisohoreye inkuru igaragaraho igishushanyo cya Stromae ari kuririmba ya ndirimbo ye yise Papa ou t’es bagaragaza ibice by’amaboko yacitse n’amaguru bimusubiza ngo hano na hariya. Ibi bintu bikaba byababaje umuryango wa Stromae bikomeye. Nubwo […]
Monusco yongerewe umwaka wo gukomeza gukorera muri Congo
Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Werurwe oye umwanzuro wo kongerera Monusco umwaka umwe kuri manda yari ifite kanasaba ko amatora yo muri Congo yazaba mu mutuzo. Loni ikaba ifite impungenge z’uko ubugizi bwa nabi bushobora kwiyongera hitwajwe ko perezida Kabila ashaka kuguma ku butegetsi. Umuryango w’Abibumbye ufata icyemezo cyo kongerera […]
Kamonyi: Abavuga rikumvikana basabwe kugira uruhare mu bukangurambaga bwo kurengera abana
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kamonyi yagiranye inama n’abavuga rikumvikana bagera ku 100 bo mu kagari ka Gihinga, mu murenge wa Gacurabwenge, muri aka karere, ibasaba kuba abafatanyabikorwa mu gukangurira abo baturanye kubahiriza uburenganzira bw’abana. Ibi babisabwe ku itariki 29 Werurwe na Inspector of Police (IP) Athanase Niyonagira, akaba ashinzwe imikoranire ya Polisi y’u […]
Perezida Kagame yaganiriye n’Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda
Ku italiki ya 30 Werurwe , Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye n’abapolisi bagera kuri 300 bagize Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda( Police High Council), ikaba n’urwego rukuru Polisi ifatiramo ibyemezo bijyanye n’imiyoborere yayo. Perezida Kagame aganira n’abagize iyo nama, yabashimiye akazi keza bakora maze abaha impanuro n’umurongo bagenderaho ngo buzuze inshingano zabo. […]
Nyagatare: Umunyeshuri muri kaminuza afunzwe azira ubujura
Gombaniro Paul w’imyaka 26 afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare aho bakurikiranyweho kwiba mudasobwa 16 zigizwe na mudasobwa ngendanwa(laptops) 15 n’imwe nini(desktop), mu bihe bitandukanye n’ahantu hatandukanye. Iperereza ryakozwe na Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare rigaragaza ko uyu Gombaniro ari umunyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Nyagatare, yagiye yiba mudasobwa maze akaza […]
Yakobo Bihozagara yaba yiciwe muri gereza i Burundi ?
Jacques Bihozagara wahoze ari minisitiri mu Rwanda akaba yaranabaye ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi no mu Bufaransa, kuri ubu akaba yari afungiwe mu gihugu cy’u Burundi, biravugwa ko yaba yitabye Imana aguye muri gereza ya Mpimba nubwo aya makuru ataremezwa. “Inzego zacu zataye muri yombi kuwa Gatanu Umunyarwanda witwa Jacques Bihozagara (…) Akekwaho gukorera inzego […]
Rwamagana: Imwe mu migabo n’imigambi y’ubuyobozi bushya bw’akarere
Rwamagana ni kamwe mu turere dufite abayobozi bashya batorohewe no gushyira mu bikorwa imihigo bahigiye imbere y’umukuru w’Igihugu. Umuyobozi mushya w’aka karere, Mbonyumuvunyi Radjab akaba hari ibyo yiyemeje kugeraho mu gihe azamara ku buyobozi. Akarere ka Rwamagana umwaka ushize kabaye aka 11 mu turere 30 tugize igihugu aho kagize amanota 77% bityo bikaba bigasaba kurushaho […]
Urutonde rw’abicanyi ruharwa 10 batazibagirana mu mateka y’isi
Mu mateka y’isi hagiye havugwa ubwicanyi butandukanye bukozwe n’abicanyi batandukanye babigize umwuga hakaba hakozwe urutonde rwabo ariko bikagaragara ko igitsinagabo,ari cyo kiganjemo cyane. Abo bicanyi bagiye batabwa muri yombi bigoranye ndetse bikanafata igihe kirekire nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru therichest dukesha iyi nkuru 10.Dennis Radar Mu myaka 17 uyu mugabo Dennis yahitanye nibura abantu 10 mu gace […]
Uburyo wakoramo imibonano mpuzabitsina ugahora ubyifuza
Abantu benshi bakunda kwibaza uburyo imibonano ikozwe neza iba imeze, abandi bakavuga ko hari uburyo bwiza ikorwamo ikagenda neza nk’uko bivugwa n’abashakashatsi ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina . Ibi biragufasha kumenya uburyo bakora imibonano mpuzabitsina ikaryoha cyane ndetse bagahora bifuza kugira ibyo byishimo bihoraho,cyane cyane iyo umukunzi wawe mubyumva kimwe atari umwe udashaka ko mwishimana mwembi. […]
Imyiteguro yo kwibuka ku nshuro ya 22 irarimbanyije – MINISPOC
Ubwo hitegurwa kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 22, minisiteri y’umuco na siporo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Werurwe yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru mu rwego rwo kurimenyesha aho imyiteguro yo kwibuka igeze ndetse n’uko iki gikorwa kizagenda muri uyu mwaka, aho biteganyijwe ko kizaba ku rwego rw’umudugudu. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka iragira iti: ”Kwibuka Jenoside […]
Indege ya MONUSCO yarashe umuriro kuri ADF
Kuva muri Gashyantare 2015, nibwo bwa mbere ingabo za MONUSCO zarashe ku nyeshyamba za ADF/Nalu zikomoka muri Uganda zikaba zihungabanya umutekano wa Congo. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 30 Werurwe nibwo indege ya kajugujugu yarashe amasasu ku nkambi ya Semuliki ikambitsemo izi nyeshyamba za ADF iherereye hafi n’Ubugande, ibyangije bikaba bitaratangazwa nk’uko ikinyamakuru redpapper […]
Mbigenze nte ? Mukadata na murumuna wanjye banyiciye ubukwe none bugiye gusubukurwa Nzongere mbatumire
Gupfusha ubukwe ni ikintu kibabaza ndetse kikanahungabanya umuntu bibayeho. Umukobwa utarifuje ko tuvuga izina rye yaduhaye ubuhamya anagisha inama kucyo yakora ku gahinda kenshi yatewe no kuba mukase na murumuna we yaramwiciye ubukwe, bugapfa habura icyumweru kimwe ngo bube . Ati nakuze ndi umwana w’imfubyi kuri mama turerwa na mukadata ariko nta kibazo twari dufite […]
Abateguye bakanashyira mu bikorwa jenoside mu cyiciro cyayo cya nyuma cyo kuyihakana no kuyipfobya
Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Abanyarwanda ndetse n’inshuti zabo bibuke jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 22, abakurikiranira hafi ibintu basanga abateguye bakanayishyira mu bikorwa bageze mu cyiciro cya nyuma cyayo cyo kuyikahakana no kuyipfobya bagasaba abakiri bato guhangana nabo bandika ku byabaye muri jenoside mu rwego rwo kwirinda ko byazibagirana. Muri […]
Gen. Rwarakabije na Mary Gahonzire ntibakiri abayobozi ba RCS
Inama y’abaminisitiri yateranye ku munsi wo kuwa kabiri tariki ya 29 Werurwe 2016 yafashe icyemezo cyo guhindura abayobozi bakuru b’urwego rw’amagereza mu Rwanda( RCS). Mu bahinduriwe imirimo harimo Komiseri mukuru Gen Paul Rwarakabije wasimbijwe Brig Gen George Rwigamba ndetse na Komiseri mukuru wungirije Mary Gahonzire wasimbujwe Lt Col Chantal Ujeneza. Gen Paul Rwarakabije na Mary […]
RDC: Abantu 16 baguye mu mirwano hagati ya FARDC na FDLR ifatanyije na Mai-Mai
Abasirikare ba FARDC bane ndetse n’inyeshyamba 12 baguye mu mirwano y’iminsi itatu mu burasirazuba bwa Congo nk’uko byatangajwe n’igisirikare cya leta kuri uyu wa Kabiri. Iyi mirwano ngo yatangiye ku Cyumweru, yahuje ingabo za leta n’umutwe wa FDLR ufatanyije n’indi mitwe 2 ya Mai-Mai nk’uko byemezwa n’umuvugizi w’ingabo za Congo, Capt. Guillaume Djike ubwo yaganiraga […]
Umugore wa Wayne Rooney yambaye ubusa ari imbere y’abana be none ntibivugwaho rumwe- REBA AMAFOTO
Coleen Rooney ni umugore w’imyaka 29 y’amavuko washakanye n’icyamamare Wayne Rooney ukinira Manchester Utd, uyu mugore yagaragaye ari mu biruhuko ku mazi ari kumwe n’urubyaro rwe, kuba yigaragaje imbere y’urubyaro yambaye imyenda yo kogana (bikini) ntibivugwaho rumwe. Ikinyamakuru Dailymail cyatangaje ko uyu mugore yagaragaye ku mazi yo ku kirwa cya Barbados ku wa kabiri tariki […]
Afurika y’Epfo iravugwaho gucuruza intwaro mu bihugu byugarijwe n’amakimbirane
Igihugu cya Afurika y’Epfo cyashyizwe mu majwi muri raporo yashyizwe ahagaragara ivuga ko igurisha intwaro ku bwinshi mu bihugu byugarijwe n’umutekano mucye, aho ngo uruganda rw’intwaro rwacyo rwagurishije muri ibi bihugu intwaro zifite agaciro ka miliyari 2,7 z’amafaranga akoreshwa muri iki gihugu muri uyu mwaka ushize wonyine. Iyi raporo yakozwe na komite y’igihugu ishinzwe kugenzura […]
Umutekano uraba ntamakemwa yaba mu Rwanda no hanze yarwo “Perezida Kagame” ( Amwe mu mafoto)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, mu ijambo yavugiye mu nteko ishinga amategeko mu muhango wo kurahiza abayobozi bashya wabaye kuri uyu wa kabiri yijeje abanyarwanda ko abarahiye bazafasha mu gushaka umutekano w’Abanyarwanda n’akarere muri rusange. Ubwo yagezaga ijambo kubari bateraniye mu nteko ishinga amategeko, Perezida Kagame yagarutse ku mutekano maze avuga ko kuri ubu isi […]
Ibitaro bya Gisirikare by'u Rwanda byatangiye uburyo bushya bwo gupima amaraso
Ibitaro bya gisirikare by’u Rwanda (RMH) ku itariki ya 24 Werurwe 2016 byatangije igikorwa cy’uburyo bushya bwo gupima amaraso bwitwa: Apheresis technique. Ubu buryo bushya buzajya bukoreshwa igihe umuntu atanze amaraso yo gufashisha indembe kwa muganga uburyo agomba gutandukanywa cyangwa ari umurwayi, hakoreshejwe iriya mashini bazajya bakuramo akenewe, noneho umurwayi bakazajya bayamufashisha bakurikije igice cye […]
RDC: Abasirikare batatu ba leta baguye mu mirwano yabahuje na ba rushimusi
Abasirikare batatu ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bishwe ubwo batanaga mu mitwe na ba rushimusi b’abanyamahanga bazwi ku izina rya Woudas. Ubu bushyamirane bukaba bwarabaye kuwa Gatanu ushize ahitwa Ngilima mu birometero 45 mu burengerazuba bwa Dungu mu Ntara ya Haut-Uele. Amakuru aturuka aha hantu aravuga ko, abasirikare ba FARDC bari mu irondo baguye […]
Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y'agaciro mu buryo bunyuranije n'amategeko
Abaturage bagera kuri 350 bo mu tugari dutatu two mu karere ka Muhanga na Kamonyi bakanguriwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Abo muri Muhanga bahawe ubu butumwa ni abatuye mu kagari ka Butare; ho mu murenge wa Kabacuzi, hamwe n’abo mu ka Kigarama; ho mu murenge wa Cyeza, naho mu karere ka Kamonyi […]
Ngoma: Ababyeyi barerera muri GS Nyamugari basabwe kwita ku bana babo muri ibi bihe by'ibiruhuko
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 29 Werurwe, umupolisi ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage hagamijwe kurwanya no gukumira ibyaha mu karere ka Ngoma, Inspector of Police (IP) Jean Pierre Ndayisaba yagiranye inama n’abanyeshuri bo mu rwunge rw’amashuri rwa Nyamugari riherereye mu kagari ka Nyamagana, umurenge wa Remera ndetse n’ababyeyi barerera muri icyo kigo, […]
Ibyemezo by'Inama y'Abaminisitiri yo kuwa 29 Werurwe 2016
Kuri uyu wa 29 Werurwe 2016, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Inama y’Abaminisitiri yahaye ikaze Minisitiri mushya w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango: Dr. GASHUMBA Diane, imwifuriza imirimo myiza. 1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 19 Gashyantare 2016. 2. Inama y’Abaminisitiri yasabye Ababyeyi, Abarezi n’Abayobozi bose […]
Abantu babiri bafashwe bakekwaho kwigana kashe ngo ntibishyure imisoro
Abitwa Uwizeye Grace na Habyarimana Jean Bosco, kuri uyu wa kabiri taliki ya 29 Werurwe berekanywe na Polisi y’u Rwanda biciye mu ishami ryayo ryitwa Revenue Protection Unit ari nayo yaberekanye, bakurikiranyweho gucuruza inzoga zitujuje ubuziranenge kandi zifite ibyapa by’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) by’ibihimbano, bagamije kwerekana ko izo nzoga zatangiwe imisoro. Aba […]
Mbigenze nte?:Namukunze umusore antera inda aranyanga none mukuru we ngo arankeneye
“Muraho neza mwese ndagisha inama kuko inama mutanga ziramfasha cyane. Nakundanye n’umusore tumaranye imyaka itatu antera inda mbimubwiye arabyemera kuko yarankundaga nkabibona. hari byinshi ntabashije kuvuga kuko amateka yacu mu rukundo yaba serie. Iwacu ntibamwishimiraga kuko yari afite ubushobozi bucye. Naramukundaga cyane yaramfashije ndabyara ariko nabyaye adahari yaragiye gukorera uganda akomeza kumfasha. Ikibazo ni iki: […]
Menya impamvu 5 kubaka urugo ukiri muto ari ingenzi
Bimaze kumenyekana ko abasore cyangwa abakobwa basigaye batiyumvamo gushaka bakiri bato, nyamara hari impamvu zingenzi zerekana ko kubaka urugo mu myaka y’ubuto ari ingenzi uturutse ku myaka 21 yagenwe mu Rwanda uzamuka. 1.Bituma umenya ko amafaranga atarirwo rufunguzo rw’ibyishimo Akenshi umusore n’umukobwa bashyingiranwe bakiri bato nta mitungo ihambaye baba bafite bikaba ngombwa ko bashakana amafaranga […]
Abayobozi 14 mu ntara y’u Burasirazuba barafunzwe bazira amafaranga ya VUP
Nyuma y’igenzura ryakozwe mu ntara y’uburasirazuba ryatahuye inyerezwa ry’amafaranga ya VUP umurenge yanyerejwe andi akoreshwa nabi. Kuri ubu abayobozi 14 bakaba bamaze gutabwa muri yombi n’inzego za polisi bakurikiranyweho inyerezwa ry’aya mafaranga. Abayobozi batawe muri yombi barimo abanyamabanga Nshingwa bikorwa b’imirenge itatu,bamwe mu bayobozi ba VUP umurenge ndetse n’abanyamabanga Nshingwa bikorwa b’utugari. Uretse aba hari […]
Urutonde rw’ibyamamare 10 byapfuye bikiri bito
Ni kenshi ibyamamare bitandukanye byo muri muzika,cinema,…byagiye biva kuri iyi si bigatera benshi intimba, muri abo hari abataragize amahirwe yo gutabaruka bakuze, urupfu rwabo rugasiga icyuho mu byo bari bazwiho. 1.Divya Bhariti Uyu mukobwa yapfuye akiri muto ku myaka 19 y’amavuko ubwo yahanukaga ku igorofa rya 5 mu mujyi wa Mumbai yikubita hasi. Ku italiki […]
Museveni yaciye mu ishyamba ry’inzitane ajya gushaka umuti w’ubwicanyi bubera i Rwenzori
Mu gihe i Rwenzori mu gace ka Bundibugyo abahatuye bakomeje gukimbirana ndetse bigakurizamo ubwicanyi, byatumye kuri uyu wa Mbere Taliki 28 Werurwe 2016, abasirikare barangajwe imbere na Museveni bafata iya mbere berekezayo gushaka umuti w’ikibazo. Museveni yasuye Bundibugyo, agace nyir’izina kabereyemo imyigaragambyo mu gihe cy’amatora y’umukuru w’igihugu, abasaga 31 bahasiga ubuzima, 8000 bakurwa mu byabo […]
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu
Mu rwego rwo gukomeza ubukangurambaga bwo kurwanya no kwirinda ibyaha bitandukanye, cyane cyane icy’icuruzwa ry’abantu, kuri uyu wa mbere tariki ya 28 Werurwe 2016, Polisi y’u Rwanda yabukomereje mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya Essa Nyarugunga giherereye mu murenge wa Nyarugunga akarere ka Kicukiro, aho abanyeshuri barenga 300 biga muri icyo kigo bakanguriwe ububi n’ingaruka z’icyo […]
T.I ntiyanejejwe n’abatangaje iby’ivuka ry’umwana we wa 7
Umuhanzi T.I uririmba injyana ya Rap, n’umugore we bishimiye ivuka ry’umwana wabo wa 7, gusa uyu mugabo akaba ataranejejwe n’abatangaje mbere ye aya makuru. Ibi byamamamare byari bizi ko umwana azavuka ku wa 20 Werurwe, batungurwa n’ uburyo yavutse ku itariki ya 26, bakaba baratangazaga ko uzavuka azaba ari igikomangoma. Uyu mwana wa T.I wavutse […]
Abarwanyi 100 ba Al-Shabab biciwe muri Somaliya
Umuyobozi Mukuru w’intara ya Galmudug, mu gihugu cya Somalia, yatangaje ko abasirikare b’iyo ntara bishe abagwanyi ba Al-Shabab 100, mu ntambara yamaze iminsi ine. Abo barwanyi biyitirira idini rya Islam bari binjiye muri iyo ntara bahunze izindi ntambara zimaze iminsi zivugwa mu Burasirazuba mu ntara ya Puntland. Umukuru w’iyo ntara, Abdikarin Hussein Gulled yabwiye BBC […]
Burundi: Umusirikare yahitanwe na gerenade agiye kuyitera mugenzi we
Kuri uyu wa mbere tariki ya 28 Werurwe 2016, nibwo Caporal Kazungu wabarizwaga mu nkambi ya Muzinda yahitanwe n’ibikomere yatewe na gerenade, bitangazwa ko yashakaga kuyitera mugenzi we. Iyi nkambi Kazungu yapfiriyemo ni yo Lieutenant-Colonel Darius Ikurakure wishwe ku wa kabiri tariki ya 22 Werurwe yayoboraga, ikaba ikomeje kuvugwamo ubwumvikane buke hagati y’abasirikare. Major ClĂ©ment […]
Burundi: abafungiwe muri gereza ya Ruyigi bigaragambije
Abafungiwe muri gereza ya Ruyigi mu Burundi biganjemo abaregwa ibyaha byo kwamagana ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere bigaragambije basaba barenganurwa, bagahabwa uburenganzira bungana n’ubw’abandi bakurikiranyweho ibyaha bafunzwe. Iyi myigaragambyo bakaba bayikoze burira ku bisenge by’aho bafungiye ubundi batera induru ari nako bavangamo no gutera amabuye. Aba bafungwa basaba ko […]
Bugesera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha
​Polisi y’u Rwanda mu karere ka Bugesera yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze baherutse gutorwa mu murenge wa Nyamata, gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha kugira ngo umutekano urusheho kubumbatirwa. Ibi babisabwe ku wa 28 Werurwe mu nama bagiranye n’umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri aka karere, Superintendent of Police (SP) Albert Mpumuro, akaba yarunganiwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge […]
Mbigenze nte? Ababyeyi banjye banyangishije uwo nkunda uwo banshyingiye ku ngufu twaratandukanye
Nitwa Vanessa, ubu ndi umugore mfite abana babiri ariko ubu ndibana kuko natandukanye n’umugabo mu mwaka ushize ariko byose mbishinza umuryango wanjye. Nakundanye n’umusore tumara imyaka itanu dukundana bihambaye ariko iwabo bakaba abakene bikabije. Twe iwacu twari twifashije ndetse tubarirwa mu bakire bo mu cyahoze ari Gitarama. Nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye njye n’umukunzi wanjye […]
FDLR yishe umusirikare wari ufite ipeti rya Kapiteni n’abandi 3 ba FARDC
Abasirikare 4 barimo n’umusirikare ufite ipeti rya kapiteni mu ngabo za Leta ya Congo (FARDC) bishwe mu bitero bari bahanganyemo n’inyeshyamba za Nyatura na FDLR . Iyi mirwano yatangiye ku wa Gatandatu tariki ya 26 Werurwe 2016, ibera mu gace ka Mpati (Nord Kivu), ikomeza ku cyumweru ubwo abasirikare ba Leta bashakaga kubohoza imirambo y’abasirikare […]
Ibimenyetso 8 biranga umuntu utarabohoka
Amavuta y’Imana abohora ingoyi z’ibyaha akanadukuraho imitwaro (Imivumo), yesaya10 :27 None kubohoka n’iki ?Ikinyuranyo cyo kubohoka, ni ukubohwa, bivuzeko rero habohoka umuntu uboshye. 1). Ubwoba: ni kimwe mu bintu byerekana ko ukwiye kubohorwwa, kuko handitse ngo abanyabwa n’abatizera iherezo ryabo ni mu muriro, (Ibyahishuriwe Yohana 21:8) n’ubwo kamere muntu buri wese ashobora kugira ubwoba, ariko […]