Uburyo 6 wasomamo umugore akagira ububobere bwinshi mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina

Gusomana mbere yo gukora imibonano mpuzabitsina, ni kimwe mu bituma icyo gikorwa kigenda neza mu buriri dore ko iyo bikozwe neza byorohereza umugabo gutuma ageza umugore we kugera ku ndunduro y’ibyishimo. Akenshi iyo hatabayeho ububobere bw’umugore igihe yumva cyangwa ashaka gukora imibonano mpuzabitsina bituma umugabo atirekura neza, ariko hari uburyo yasomamo umugore agahita atoha bityo […]

Perezida Kagame arasaba abaturage gufata neza ibikorwa by’iterambere

Perezida Kagame arasaba abaturage gufata neza ibikorwa by’iterambere cyane cyane iby’amazi birinda kubyangiza. Ibi Perezida wa Repubulika yabivugiye mu murenge wa Kanyinya ubwo yatahaga ku mugaragaro uruganda rw’amazi rwa Nzove ya 2 rugiye kujya rutanga litilo 25000 ku munsi. Mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’amazi gikunzwe kuvuga mu murenge wa Kanyinya by’umwihariko mu gace ka […]

Umugandekazi Bad Black uririmba indirimbo za Gospel ashegeshwa no kutabona umurongora

Umuririmbyi w’indirimbo zihimbaza Imana ukomoka muri Uganda, Shanitah Namuyimba uzwi nka Bad Black yatangaje ko ashakaka umukunzi uzamutetesha mu minsi mike bakaba banarushinga. Aganira na Howwe , uyu muhanzikazi yavuze ko yumva akumbuye kujya mu rukundo rw’umwimerere, akaba ashakira hasi no hejuru uzamwuzuriza iby’ishimo by’ubuzima bwe. Yagize ati:” ndabona umuziki wanjye ukomeje gutera imbere kandi […]

Pakistan: Pasika yabaye intandaro y’ubwiyahuzi bwasize amateka atazibagirana

Ku munsi w’ejo taliki 27 Werurwe 2016, ubwo hizihizwaga umunsi mukuru wa Pasika nibwo mu gihugu cya Pakistan mu gace ka Gulshan hagaragaye ubwiyahuzi bwahitanye abagera kuri 70 abandi 300 barakomereka bikabije. Mu gihe abakirisitu muri icyo gihugu bari babukereye, nibwo umutaribani w’umwiyahuzi yiturikirizagaho igisasu agamije kurimbura aba kirisitu bari bateraniye aho. Nasreen Bibi umubyeyi […]

Padiri Nahimana Thomas yabaye maneko wa Faustin Twagiramungu

Nahimana Thomas wahoze ari padiri muri Cyangugu mbere yo kujya i Burayi akanatangira kugaragaza ukutavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, avuga ko mu matora yo muri 2003 yari maneko wa Twagiramungu wayatsinzwe. Uyu mupadiri w’umunyapolitiki watangaje benshi nyuma yo kwiyambura ikanzu ya kiliziya agakurikira politiki, ntiyemera ko Twagiramungu yatsinzwe amatora yo muri 2003, mu gihe […]

Nyuma y’imyaka 27 Umukobwa na se baramenyanye bahujwe n’akazi

Mu 1989 Habimana Jean Leonard bakunze kwita Shinani hamwe n’umukobwa mwiza utaravuzwe amazina bahuriye mu cyahoze ari komini Kibari ubwo yari agiye gusiga amarangi mu bitaro bya Byumba. Muri icyo gihe baje kuryamana inshuro 1 gusa aza kumutera inda. Nyuma y’imyaka 27 Shinani atarabona umwana yabyaye ndetse atazi neza ko yateye inda, aba bombi baje […]

Burundi: Abiyemereye ibikorwa by’ubwicanyi bari mu mutekano usesuye

Igipolisi cy’u Burundi kimaze ukwezi kurenga gikora iperereza ku bwicanyi bubera mu Burundi. Iri perereza rikaba ryaratahuye abantu batandukanye ndetse baniyemerera ubu bwicanyi Aba bafashwe abenshi nibo bijyanye kuri polisi bavuga uko bakoze ubu bwicanyi. Abafashwe bose bemera ko bishe abaturage batavuga rumwe n’ubutegetsi barangije babashyingura mu byobo rusange. Bemera kandi ko aribo bishe ababikira […]

Burera: Abanyeshuri barenga 400 basobanuriwe uko icuruzwa ry'abantu rikorwa

Ku itariki 26 Werurwe, abanyeshuri barenga 400 bo mu rwunge rw’amashuri rwa Kagogo, ruherereye mu murenge wa Kagogo, ho mu karere ka Burera, bahawe ubumenyi ku buryo icuruzwa ry’abantu rikorwa. Ibi babisobanuriwe na Superintendent of Police (SP) DieudonnĂ© Rwangombwa, akaba ayobora Polisi y’u Rwanda muri aka karere. Icyo kiganiro kitabiriwe kandi n’ubuyobozi bw’iri shuri ndetse […]

Perezida Kagame ayoboye urutonde rw’abantu 127 bazavamo 100 bigaragaje mu 2016

Ikinyamakuru The Time cyo mu Bwongereza cyashyize ahagaragara urutonde,ruyobowe na perezida Kagame, rw’abantu 127 b’ibikomerezwa ku Isi mu nzego zitandukanye bagomba gutoranywamo 100 baranze uyu mwaka wa 2016. Muri uyu mwaka, urwo rutonde rugizwe n’abakuru b’ibihugu, abahanga muri siyansi n’ikoranabuhanga, inararibonye mu bugeni n’abandi bigaragaza muri iki gihe. Mu gihe abanditsi bakuru ba The Time […]

Ni iki kihishe inyuma y’itsindwa ry’Amavubi mu birwa Maurice?

Abanyarwanda benshi bari biteze gutsinda ibirwa bya Maurice bitewe nuko iyo kipe iri ku rwego rwo hasi ndetse ikaba iri kure kuri fifa ranking aho ibarizwa mu myanya 100 irenga mu gihe u Rwanda ruhagaze ku mwanya wa 85 kuri fifa ranking. Umukino warangiye ibirwa bya Maurice bihaye gasopo abanyarwanda bari barwitezeho amanota 6 y’umukino […]

Cristiano Ronaldo yongeye kwifuza umugore wamutwitwira ariko batabanye nk’abashyingiranywe

Cristiano Ronaldo ku myaka 31 agiye kwongera kurera bwa kabiri nkuko amakuru ava i Portugal abihamya binyuze ku mubyeyi uzemera kumutwitira bamwe bazwi ku izina rya “Surrogate Mothers” bwa kabiri kuko n’umwana afite Cristiano Ronaldo Jr wavutse 2010 ariko yavutse. Cristiano Ronaldo ngo yongeye kwifashisha abo babyeyi batwitira cyane cyane bakunze kuba bahura n’ibibazo byo […]

Burundi: FOREBU yigambye ko ari yo yishe Lt. Col. Ikurakure

Umutwe wa FOREBU urwanya ubutegetsi bw’u Burundi uyobowe n’uwahoze mu gisirikare cy’u Burundi kuri uyu wa Gatandatu wigambye ko ari wo wishe Lt. Col. Darius Ikurakure muri iki cyumweru dusoza nk’uko uyu mutwe wabitangaje ku rukuta rwawo rwa twitter. Ibyatangajwe n’uyu mutwe uvuga ko ugamije gukura perezida Nkurunziza ku butegetsi ngo bishobora kugaragariza amahanga ko […]

BURUNDI: abasirikare baherutse kwica bagenzi babo ntibarafatwa

Umuvugizi w’igisirikare cy’Uburundi arabeshuza amakuru avuga ko abishe Lieutenant Colonel Darius Ikurakure, bamaze gufatwa. Gusa yemeza ko iperereza rigikomeje Colonel Gaspard Baratuza avuga ko abantu bahitanye uwo musirikare ku wa kabiri hamwe n’abahitanye Major Didier Muhimpundu ku musi ukurikiyeho mu masaa moya n’igice z’ijoro kugeza ubu bataratabwa muri yombi. Ikurakure yiciwe mu biro bikuru bya […]

Ni iki gituma abana bata ishuri mu Rwanda?

Mu gihe leta y’u Rwanda ivuga ko yashyizeho gahunda y’uburezi bw’ibanze kuri bose ku buntu, hirya no hino mu Rwanda hakomeje kugaragara abana bata amashuri bavuga ko babuze amafaranga y’ikiguzi cy’uburezi. Perezida Kagame avuga ko ahangayikishijwe n’ikibazo cy’abana bata ishuri bityo akaba avuga ko ababigiramo uruhare bose bazahanwa. Abana baganiriye n’Ijwi ry’Amerika ni abakora imirimo […]

Dr Richard Sezibera yaba agiye gusubizwa minisiteri y’ubuzima ?

Dr Richard Sezibera wigeze kuyobora minisiteri y’ubuzima akaba yari amaze igihe ari Umunyamabanga Mukuru wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, ngo yaba agiye kugaruka muri minisiteri y’ubuzima agasimbura Dr Agnes Binagwaho wari wamusimbuye kuri uyu mwanya. Amakuru aturuka mu nzego zifata ibyemezo agera ku kinyamakuru Umusingi dukesha iyi nkuru, avuga ko Dr. Sezibera Richard agiye gusubizwa Minisiteri […]

Burundi: Intambara yatangiye hagati CNDD FDD na Kiliziya Gaturika

Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi ryongeye Kiliziya gaturika rivuga ko iri inyuma y’umutekano muke uvugwa mu Burundi. By’umwihariko Kiliziya gaturika yo iregwa kuba hari bamwe mu bayoboke bayo bagaragaje ko badashyigikiye ubutegetsi buri mu Burundi. Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara n’iri shyaka rivuga ko ibyo kiliziya gaturika ikora ari ibitero iri kugaba ku […]

Uganda: Igipolisi kirahakana ko umukuru wacyo aherutse kurusimbuka

Igipolisi cya Uganda kiravuga ko amakuru yatangajwe y’uko umukuru wacyo, Gen Kale Kayihura yarokotse kwicwa kuri uyu wa Gatanu ushize mu bice bya Rwenzori ari ibinyoma by’ibihimbano nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Chimpreports. Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Uganda byari byatangaje ko Gen. Kale Kayihura yarokotse umugambi wo kumwivugana ubwo yari mu gikorwa cyo gukangurira abaturage kwicungira umutekano […]

Abakozi b’ibitaro bya Mugonero bigishijwe kwirinda inkongi z'imiriro

Abakozi b’Ibitaro bya Mugonero biherereye mu kagari ka Ngoma, mu murenge wa Gishyita , mu karere ka Karongi, bahawe ubumenyi ku bitera inkongi z’imiriro, uko bazirinda , ndetse n’uko bazizimya mu gihe zibaye. Abahuguwe ku italiki ya 24 Werurwe ni abaganga b’ibitaro, ababikoramo isuku ndetse n’abarwaza bakaba bose barageraga kuri 60. Bahuguwe na Inspector of […]

Gatsibo: Abaturage basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Abaturage bagera kuri 300 bo mu kagari ka Bugarama, ho mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Gatsibo, basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge, kandi basabwa kubyirinda no kubirwanya. Ibi babikanguriwe ku itariki 23 Werurwe mu nama bagiranye n’umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri aka karere , Superintendent of Police (SP) Eric Kabera. Aganira na bo, SP Kabera […]

Ubuhamya bw’abagore bahuye n’uruva gusenya, bafite ibitsina bito bitabasha kwinjiramo icy’umugabo

Ushobora kuba warumvise havugwa ko umugore ashobora kugira igitsina gitoya cyatuma atabasha gukora imibonano mpuzabitsina. Ibyo birashoboka, ariko nanone ikindi ni uko umugore ashobora kuba yarigeze gukora imibonano mpuzabitsina nta kibazo, nyuma kuyikora bikaza kumunanira, akajya yumva igitsina cye cyarabaye gitoya. Ahanini rero si ukuba gitoya, ahubwo ni ukubura ubushobozi bwo kwikanyura ngo cyaguke igihe […]

Ese koko ku mukino wo kwishyura Amavubi azigobotora Ile Maurice?

Umukino watangiye saa saba mu masaha ya Kigali, ariko Amavubi akaba yatangiye umukino yamaze guhiga gutahana amanota 3 ariko bibaye ubusa kuko Ile Maurice isigaranye amanota 3, bityo abafana bakaba bibaza niba Amavubi azashobora kwigondera ku mukino wo kwishyura. Igiche cya mbere kingana n’iminota 45 cyarangiye nta ikipe n’imwe yigeze ireba mu izamu, kikaba cyarangiye […]

Perezida mushya wa Benin agiye kugabanya manda za perezida ikaba imwe

Perezida mushya uherutse gutorwa muri Benin, Patrice Talon, yavuze ko afite umugambi wo kugabanya imyaka umukuru w’igihugu amara ku butegetsi akayigira manda imwe gusa y’imyaka itanu. Bwana Talon uherutse gutsinda minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu mu kiciro cya kabiri cy’amatora y’umukuru w’igihugu, ku wa 20 Werurwe 2016 yavuze ko ibi byafasha kurwanya icyo yise kwirara k’umukuru […]

Perezida Kagame yakoranye umuganda n’abaturage bo muri Rubavu- AMAFOTO

Mu gikorwa cy’umuganda rusange cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 26 Werurwe 2016, Perezida Kagame yifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Rubavu mu ntara y’Iburengerazuba muri iki gikorwa batera ibiti by’imikindo mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije. Perezida Kagame yakoranye umuganda n’aba baturage mu gihe ari mu ruzinduko mu karere ka Gakenke na Rubavu, nyuma […]

Amavubi arakina na Ile Maurice idafite abakinnyi 2 b’abahanga

Mu gihe u Rwanda rwitegura gukina umukino n’ibirwa Maurice kuri uyu wa Gatandatu saa saba z’i Kigali, mu mikino y’amajonjora y’igikombe cy’Afurika mu itsinda H, iyi kipe irabura abakinnyi babiri bakomeye barimo ukina mu Bufaransa n’uwatsinze igitego Mozambique muri Nzeri 2015 nk’uko ikinyamakuru Lemauricien kibivuga . Lemauricien cyanditse ko Michaà«l Bosqui ukinira CA Bastia yo […]

Nyanza :Abanyeshuri ba Nyanza Technical School bashyizeho itsinda ryo kurwanya ibiyobyabwenge

Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Nyanza, Superintendent of Police (SP) Athanase Ruganintwari aherekejwe n’ushinzwe ubufatanye bwa Polisi n’abaturage mu kurwanya ibyaha, Inspector of Police(IP) Jean Baptiste Bizimana, kuri uyu wa kane taliki ya 24, yagiranye inama n’abanyeshuri bagera kuri 729 biga mu ishuri Nyanza Technical School , abigisha ubwoko bw’ibiyobyabwenge, ingaruka mbi zabyo, kandi […]

Diamond, Zari n’umukobwa wabo baryohewe n’ubuzima mu ruzinduko bagiriye muri Swede- REBA AMAFOTO

Umuhanzi Diamond ukomoka mu gihugu cya Tanzaniya hamwe n’umugore we Zari n’umwana wabo Tiffah, bagaragaje umunezero bagiriye mu ruzinduko bagiriye ku mugabane w’Uburayi, nyuma y’amafoto yabo banyanyagije ku mbuga nkoranyambaga. Nk’uko byagaragaye ku rukura rwa Instagram rwa Zari, yagaragaje amafoto menshi yabo bombi bari mu munezero mu ruzinduko bagiriye mu gihugu cya Swede. Uru ruzinduko […]

Umushinwa yemeye ko yibye amabanga y’igisirikare cya USA

Umugabo umwe wo mu gihugu cy’Ubushinwa yemeye ko afite uruhare mu kwiba amabanga akomeye yerekeye uko igisirikare cya Amerika gikora. Su Bin w’imyaka 50 azwiho kuba mu ikipe y’abantu bahora biba amakuru yerekeye indege z’intambara, indege zo gutwara imizigo n’imbunda bya Leta zunze ubumwe za Amerika. Nk’uko bitangazwa na BBC Gahuza, ngo yafashwe akora akazi […]

Abasore bemeye kubambwa nk'uko YESU yabikorewe bibuka urupfu yapfuye-REBA AMAFOTO

Bijyanye n’imyemerere, abasore bahitamo kubabazwa nk’uko YEZU yababajwe maze bagakubitwa, bakambikwa ikamba ry’amahwa nk’uko Yesu yabikorewe, bikaba byakorewe muri Mexico na Philippine. Mu muhango wa kirizia ni igikorwa ngaruka mwaka aho bibuka urupfu rwa Yesu Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter Leki@bwiza.com

Ibintu bibiri bigiye gukorerwa umusirikare w’uburundi wafashwe mpiri

Gen. Aloys Nzabampema, umuyobozi w’ishyaka FNL rirwanya Leta ya Nkurunziza yatangaje ku mugaragaro ko hari ibintu bibiri bagiye gukorera umusikare wa Leta wafashwe mpiri n’abasirikare ba FNL. Aya makuru yatangiye kumenyekana hari kuwa gatatu tariki 23 uku kwezi ubwo amafoto y’uyu musirikare yatangiraga kunyuzwa kuri facebook bivugwako yafatiwe mbiri mu ishyamba cyimeza rya Rukoko. Igisirikare […]

Karongi: Abamotari basabwe kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Umuyobozi wa sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Bwishyura, Chief Inspector of Police (CIP) Bernard Gahima yagiranye inama n’abamotari 115 bakorera mu bice bitandukanye byo mu karere ka Karongi, maze abakangurira kurangwa n’ubufatanye mu kurwanya no gukumira ibyaha, byaba ibifitanye isano n’umwuga wabo ndetse n’ibindi. Abo bamotari bibumbiye muri Koperative ebyiri ari zo : COTAMOKA […]

Umugabo yakatiwe imyaka 200 y’igifungo azira kwica abana be 4

Lukas Misati w’imyaka 40 y’amavuko wo mu gihugu cya Kenya mu gace ka Kisii yahamwe n’icyaha cyo kwica abana be 4 ahinishwa igifungo kingana n’imyaka 200. Uyu mugabo yakoze aya mahano nyuma yo kumenenganisha umugore we amubuza kwimuka mu nzu y’inkodeshanyo bari batuyemo, umugore abonye azahajwe n’inkoni niko guhita ahunga. Akimara kubona ibikomere yatewe n’umugabo […]

Jamie Varidy ukinira Leicester yabwiwe ko agiye gukorerwa film amera nk’umusazi

Nyuma y’igihe gito ikipe ya Leicester yubatse izina ibifashijwemo na rutahizamu Jamie Varidy, byatumye abwirwa n’umwanditsi wa Filme ukomeye muri USA ko agiye kumukorera Filme izibanda ku bigwi bye amera nk’umusazi. Varidy aganira n’itangazamakuru yasobanuye uburyo atiyumvishaga ko hari abo ashobora kubera ikitegererezo muri aki gihe gito Leicester imaze imenyekanye mu irushanwa rya Premier League. […]

MINEDUC yashyizeho gahunda y’itaha ry’abanyeshuri mu biruhuko

Minisiteri y’uburezi yashyize ahagaragara uburyo abana bazataha bava ku ishuri ubwo bazaba basoza igihembwe cya mbere cy’umwaka w’amashuri wa 2016. Ngo ni mu rwego rwo kuborohereza gutaha kugira ngo babashe kubona imodoka zo kubacyura. Nyuma yo kubona ko mu gihe cy’ itangira ry’ amashuri ndetse n’ isozwa ryayo abanyeshuri bitaborohera kubona imodoka zibatwara, Minisiteri y’ […]

Yvonne Chaka Chaka yahishuye icyihishe inyuma y’urwo akunda Perezida Museveni

Ni ku munsi w’ejo Tariki 24 Werurwe 2016, mu gitaramo cyateguwe n’umunyarwenya Anne Kansiime, aho Yvonne Chaka Chaka yatangaje ku mugaragararo ko akunda Museveni, ko ari mu bafite uruhare runini mu kurwanya icyorezo cya SIDA muri Afurika. Yashimangiye ko Guverinoma ya Uganda ibinyujije muri Museveni yarwanyije bikomeye ikwirakwizwa ry’agakoko gatera SIDA muri Afurika muri rusange […]

Senateri yari yivuganwe n’umugore we nyuma yo kumusangana agakingirizo mu mufuka

Senateri Wetangula Moses wo mu gihugu cya Kenya aherutse guhura n’uruva gusenya ubwo yakubitwaga n’umugore we, Anne Waceke Ngugi akamusiga ari intere nyuma yo gusanga mu mufuka w’ikoti rye agakingirizo. Amakuru yatangajwe akaba yaravugaga ko Senateri Wetangula asanzwe afite ingeso yo gukunda abagore bikaba bikunda kumushyamiranya n’umugore we. Kuri uyu munsi noneho nk’uko iyi nkuru […]

Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Abashakashatsi 18 bavuye mu bihugu bitandukanye bari mu Rwanda, aho gusura ibigo bitandukanye bifite aho bihuriye n’ubutabera, kuri uyu wa kane tariki ya 24 Werurwe basuye Polisi y’u Rwanda birebera imikoranire y’ayo n’abaturage nyuma y’uko u Rwanda ruvuye muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Bageze ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, bakiriwe […]

Burundi: FNL yafashe mpiri ofisiye mu ngabo z'u Burundi

Umusirikare wok u rwego rwa ofisiye mu gisirikare cy’u Burundi kuri uyu wa gatatu ushize yashimutiwe mu ishyamba rya Rukoko, aho bivugwa ko kuri ubu uyu musirikare ufite ipeti rya Lieutenant witwa Irambona Alexis ari mu maboko y’abarwanyi b’umutwe wa FNL wa Aloys Nzabampema, bikaba byanemejwe n’umuvugizi w’igisirikare cy’u Burundi, Col Gaspard Baratuza. Kuwa Gatatu […]

Ibyamamare 10 byagaragaye mu ruhame nta Kariso byambaye-REBA AMAFOTO

1.Rihanna Ntibitunguranye ko Rihanna aza ku isonga kuri uru rutonde, kuko uyu muhanzikazi akenshi yagiye agaragara mu itangazamakuru n’ahandi yashyize hanze amafoto ye atangaje, uretse no kuba yaragaragaye mu ruhame atambaye ikariso yanagiye agaragara kenshi mu mafoto yambaye uko yavutse. 2.Jennifer Lopez Lopez nk’umubyeyi w’imyaka 46 y’amavuko, nawe akunze kugaragaza ikimero cye uko cyakabaye mu […]

Imana yatsindiye Shitani muri RGB igitego cy’umutwe

RGB nk’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere mu Rwanda, yahakanye amakuru yari amaze iminsi mu itangazamakuru avuga ko yemera kwandika byemewe n’amategeko imiryango cyangwa amadini ya Shitani. Mu itangazo rigenewe abanyamakuru yashyize ahagaragara kuri uyu wa 24 Werurwe, RGB yavuze ko imiryango ishingiye ku idini yandika ikemererwa gukorera mu Rwanda ari isanisha abantu n’Imana. Ngo ni isenga Imana-Rurema […]

Uganda: Minisitiri wakubise umunyamakuru ari mu mazi abira

Minisitiri ushinzwe umurimo n’ibikorwa by’ubwikorezi muri Uganda, Abraham Byandala nyuma yo gukubita Judith Nalugwa ukorera Bukedde Tv akanamwangiriza ibikoresho, byatumye agezwa mu rugaga rushinzwe itangazamakuru, aho bishobora no kumuviramo kwirukanwa ku mirimo ye. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Hotel Tiangle kuri uyu wa Gatatu taliki 23 Werurwe 2016, Nalugwa yabwiye bagenzi be ko niba Minisitiri […]

Abanyarwanda 19% bugarijwe n’inzara mu gihe abana 38% bugarijwe n’imirire mibi – MINAGRI

Abanyarwanda 19% bugarijwe n’inzara ya hato na hato, mu gihe abana 38% bari munsi y’imyaka 5 bugarijwe n’ikibazo cy’imirire mibi nk’uko byatangajwe na minisitiri y’ubuhinzi n’ubworozi, Dr GĂ©raldine Mukeshimana. Ubushakashtsi bwakozwe mu mwaka ushize kandi bugaragaza ko 2% by’abana bafite umunanuko ukabije ugaragaza ko batagaburiwe uko bikwiye bakiri bato nk’uko minisitiri Mukeshimana akomeza avuga. Ibi […]

Ibikomere byatewe na Jenoside birimo kugira ingaruka no ku batarayibayemo

Ihungabana rikomoka kuri Jenoside yakorewe abatutsi ubu risigaye rigaragara ku batarahuye na yo mu buryo butaziguye, ibi bikaba bifatwa nk’ingaruka yo kubana n’abari mu Rwanda mu 1994 bakaba batarakira ibikomere yabasigiye. Kuva mu mwaka wa 2011, gahunda yo kwibuka abazize jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, yashyizwe ku nzego z’ibanze, aho kuri izo nzego z’akagari n’imidugudu […]

Intambara iratutumba hagati ya Sudani zombi

Guverinoma ya Sudani y’Epfo yamaganye ibitero by’indege y’intambara ya Sudani ivuga ko byagabwe ku bwinshi ku butaka bwayo kuri uyu wa Kane nk’uko bitangazwa na Chimpreports dukesha iyi nkuru. Umwuka ukaba utari mwiza hagati y’ibihugu byombi ndetse hakaba hashobora no kuvuka intambara. Ibi ngo byabaye mu masaha ya saa tanu z’amanywa kuri uyu wa kane, […]

RDC: Ingabo za MONUSCO zirasabirwa kugabanyukaho 1/2

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa RDC Raymond Tshibanda, yasabye akanama ka ONU gashinzwe umutekano kugabanya kimwe cya kabiri cy’ingabo za ONU zishinzwe kugarura umutekano muri Kongo kuko nta bikorwa bikabije bihungabanya umutekano muri iki gihugu. Guverinoma ya RDC ivuga ko intego yayo ari uko ingabo za MONUSCO ziri muri iki gihugu zagabanuka uhereye ubu kugeza mu […]

Umuhanzi Davido yibasiriwe na polisi yo muri USA imukekaho ubutekamutwe

Ku wa mbere tariki ya 21 Werurwe 2016, nibwo polisi yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika yibasiriye umuhanzi Davido ukomoka muri Nigeria ishaka kumuta muri yombi imukekaho ubutekamutwe. Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru AfricaFactzone, ngo uyu muhanzi yasuwe na polisi aho yari acumbitse muri Atlanta(Georgia), ije kumubaza inkomoko y’ubutunzi afite, abasubiza ababwira ko ari icyamamare guturuka […]

Rusizi: Haravugwa ibigo nderabuzima bikora nka za farumasi zicuruza imiti

Mu Karere ka Rusizi hari ahavugwa iziswe comptoirs pharmaceutiques zigicuruza imiti mu buryo busa na magendu, mu gihe bamwe mu bayobozi b’Ibigo nderabuzima bavuga ko bibangamiye ubuzima bw’abaturage. Hagendewe ku mabwiriza ya minisiteri y’ubuzima, farumasi zigenga zo ku rwego ruciriritse zizwi nka ‘Comptoirs pharmaceutiques’ zarafunzwe izindi zihinduka Postes de sante nko mu bice by’icyaro. Nko […]

Ngoma: Polisi yaburijemo ubujura bwa toni 7.5 z’ibishyimbo

Polisi ikorera mu karere ka Ngoma yaburijemo ubujura bwa toni 7,5 z’ibishyimbo by’imbuto yari igenewe abahinzi muri gahunda yo kongera umusaruro. Polisi ikaba ivuga ko imodoka yari itwaye iyi mbuto yafatiwe mu kagari ka Nyamagana, mu murenge wa Remera kuri uyu wa gatatu taliki ya 23 Werurwe, iyi mbuto ikaba yari yatanzwe na Leta igenewe […]

Burundi: Perezida Nkurunziza na Leta ayoboye barezwe muri ICC

Yifashishije abavoka batatu, imiryango 60 y’abarundi yatanze ikirego mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa ICC ruri I La Haye ndetse no mu kanama ka ONU gashinzwe umutekano barega Perezida Nkurunziza n’igihugu ayoboye kuba barishe abantu muri iyi miryango ndetse bakaba baranahungabanyije uburenganzira bwa muntu. Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye byandikirwa mu mu Burundi ndetse na IB Times, […]

Rodovan Karadzic yahamijwe ibyaha bya jenoside akatirwa imyaka 40 y’igifungo

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-moon yashimye icyemezo cy’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha cyo guhamya ibyaha bya jenoside, Rodovan Karadzic wakatiwe n’uru rukiko imyaka 40 y’igifungo. Umunyamabanga Mukuru wa Loni yavuze ko iki ari icyemezo gikomeye ku bantu bo mu karere ka Balkan no hanze yako ndetse no ku butabera mpuzamahanga. Yakomeje avuga kandi ko abakoze ibyaha […]

Mu mafoto: Uruzinduko rwa perezida Kagame mu Karere ka Gakenke

Kuri uyu wa Kane tariki 24 Werurwe nibwo perezida Paul Kagame yasuye abaturage bo mu Karere ka Gakenke akaganira nabo ndetse bakamugezaho ibibazo bitandukanye bafite nawe abizeza ko ibibazo byabo bigiye gushakirwa umuti byihuse. Aha perezida kagame akaba yarahaye ububasha Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke ko kujya amureba nta handi abanje guca akamubwira uko ibyo abaturage […]

Umugabo afunzwe akurikiranyweho kunyereza imisoro irenga miliyoni 861

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi umugabo witwa Mbarushimana Musa, ukekwaho kunyerereza imisoro irenga miliyoni 861 z’amafaranga y’u Rwanda akoresheje imashini zikoreshwa mu itangwa ry’inyemezabuguzi n’imenyekanishamusoro (Electronic Billing Machine (EBM). Mbarushimana akaba yarafashwe nyuma y’aho Polisi y’u Rwanda igejejweho n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority) ibijyanye n’inyerezwa ry’iyi misoro Polisi nayo igatangira iperereza. Komiseri […]

Amavubi yerekeje muri Maurice aho afite umukino kuwa Gatandatu

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi yahagurutse I Kigali kuri uyu wa Kaneyerekeza mu Birwa bya Maurice ihagurukanye abakinnyi 18 aho bazacakirana n’ikipe y’iki gihugu kuwa gatandatu mu mukino wa mbere wo guhatanira amajonjora y’Igikombe cya Afurika cya 2017 . Dore Abakinnyi umutoza McKinstry azifashisha Ba Rutahizamu: Uzamukunda Elias (Le Mans), Rushenguziminega Quentin Kwame (Lausanne Sport) […]

Chorale Sion yateguye igitaramo cyo Guhimbaza Imana kizahuza abavugabutumwa bakunzwe

Chorale Sion yo k’umudugudu wa ADEPR Nyakabanda yateguye igitaramo cyo kuhimbaza Imana kizahuza abavugabutumwa n’ama Chorale bakunzwe bo miri ADEPR. Igitaramo cy’iminsi 2 cyo guhimbaza Imana mo kuzamura ububyutse kizaba Tariki ya 26-27/03/2016 cyateguwe na Chorale Sion yo k’umudugudu wa ADEPR Nyakabanda munsi ya Alpha Place Hotel ho muri Paruwa ya Kicukiro Chell kitezweho imirimo […]

Ibimenyetso 6 bizakwereka ko wabaye imbata y’igitsina

Imibonano mpuzabitsina ni ikintu gisanzwe ndetse iyo ikozwe mu gihe kandi neza nta kibi cyayo. Ariko, iyo bikabije kuyikora no kuyifuza uba ugeze aho bihinduka indwara ikokama. Mu gihe abagabo benshi kurusha abagore aribo bagaragaza kokamwa no guhuza ibitsina abagore cyangwa abakobwa nabo bibabaho cyane bakokamwa n’iki kintu nk’uko bitangazwa n’inzobere zo muri USAF Academy. […]

Muhanga: Gutegura gahunda zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi byahariwe imirenge

Bitewe n’uko abayobozi b’akarere badahari bagiye mu itorero, abayobozi b’imirenge mu Karere ka Muhanga basabwe gutegura neza gahunda zo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho ubuyobozi bw’akarere buvuga ko imirenge igomba gushyira imbaraga nyinshi mu gutegura icyunamo. Nk’uko amabwiziza yatanzwe na komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994 avuga, […]

Goma na Rubavu bongeye kwikanga iruka rya Nyiragongo

Kuva ku itariki ya 28 Gashyantare 2016, abaturage batuye Rubavu na Goma babwiwe n’abashakashatsi ko ikirunga cya Nyiragongo cyatangiye kugaragaza ko cyenda kuruka. Kuva icyo gihe kugeza ubu ibimenyetso bikomeje kwiyongera uko bucyeye n’uko bwije bigatuma umuryango utabara imbare wa Croix rouge urushaho kugira inpungenge z’iruka ry’iki kirunga. Abashakashatsi b’umuryango w’umusaraba utukura hano mu Rwanda […]

Perezida Kagame yijeje abaturage ba Gakenke ibisubizo by’ibibazo byabo

Mu ruzinduko rwe yatangiriye mu Karere ka Gakenke azakomereza mu Karere ka Rubavu, perezida kagame yijeje abaturage ba Gakenke gukora ibishoboka byose bakagezwaho ibikorwaremezo byakomeza kubafasha mu nzira y’iterambere barimo. Perezida Kagame yashimiye abaturage ba Gakenke byinshi bamaze kugeraho kandi bibaturutsemo, ababwira ko bakwiye gukomeza kubakira ku bimaze gukorwa kugirango bakomeze kugera kuri byinshi byiza. […]