Zimbabwe: Perezida Mnangagwa yumijwe n’ibibi inzego z’umutekano zikora

Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa yategetse ko hafatwa abashinzwe umutekano bagaragaye bakubita umugabo ukiri muto bari bataye muri yombi. Abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida Manangagwa yavuze ko yumijwe n’inkuru yarebye ku gitangazamakuru mpuzamahanga cya Sky News, aho umugabo wari wambaye amapingu  mu maguru yakubitwaga inshuro nyinshi ku mutwe. BBC itangaza ko Umuryango uharanira […]

Amb. Olivier Nduhungirehe yikomye abavuga ko u Rwanda ari rwo rwatangaje ifatwa rya La Forge Fils Bazeye

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Amb.Olivier Nduhungirehe atangaza kuvuga ko u Rwanda ari rwo rwafashe iya mbere mu gutangaza ko Umuvugizi wa FDLR, Umutwe urwanye Leta y’u Rwanda, La Forge Fils Bazeye ari ikinyoma cyambaye ubusa. Mu mpera z’umwaka ushize wa 2018 nibwo hamenyekanye amakuru ko Fils Bazeye n’Ushinzwe iperereza muri FDLR, Lt […]

Amafoto y’umuhango w’iyimikwa rya Musenyeri Kambanda Antoine

Ku Cyumweru tariki ya 27 Mutarama 2019, nibwo kuri Sitade Amahoro i Remera hari hateraniye ibihumbi by’abakirisitu bari bitabiriye umuhango w’iyimikwa rya Musenyeri Antoine Kambanda, Arikiyepisikopi mushya wa Arkidiyosezi ya Kigali. Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi bakuru b’igihugu barimo na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, Perezida w’Inteko Nshingamategeko, umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Prof. […]

Perezida Félix Tshisekedi yategetse ko Ofisiye muri polisi atabwa muri yombi

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi yagize icyo avuga ku myigaragambyo y’abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Lubumbashi, yapfiriyemo Bane. Ku cyumweru tariki ya 27 Mutarama 2019, nibwo Perezida yagize icyo avuga kuri iyi myigaragambyo ahita anategeka ko umwe mu bapolisi bakomeye (Officier) atabwa muri yombi. Iyi mwigaragambyo yapfiriyemo abantu bane barimo abanyeshuri […]

Umva “ISHEMA RY'UMUSHUMBA” indirimbo yahimbiye Arkiyepisikopi mushya Antoni Kambanda

“ISHEMA RY’UMUSHUMBA” ni indirimbo nshya yasohowe k’umunsi wejo na Chorale Christus Regnat, yakozwe mu rwego rwo kwifuriza umushumba mushya wa Arkidiyosezi ya Kigali Antoni Kambanda n’impano bageneye umushumba wabo dore ko nabo babarizwa aaho agiye gushumba. Kanda hasi wumwe iyi ndirimbo Chorale Christus Regnat n’imwe mu makorali menshi ya Arkidiyosezi ya Kigali ikaba ibarizwa muri […]

Impamvu Diamond yasabye  Leta gutanga konji ku munsi w’ubukwe bwe

Umuhanzi Diamond Platnumz yasabye Leta ya Tanzania iyobowe na Perezida, Joseph Pombe Magufuli ko yatanga konji ku munsi w’ubukwe bwe na Tanasha Donna. MU kiganiro n’ibinyamakuru byo muri Tanzania, Diamond yavuze ko ubu busabe bwe bwahabwa agaciro kuko byatuma abo mu muryango we bose bitabire ubukwe bwe. Uyu mugabo kandi yasobanuye ko ubukwe bwe butakibaye […]

Mukuru wa Miss Mwiseneza Josiane yagize byinshi avuga bikomeye kuri we- VIDEO

Ubwo haburaga amasaha make ngo hamenyekane nyampinga w’u Rwanda 2019, Bwiza Tv yagiranye ikiganiro kirambuye na Mukuru wa Mwiseneza Josiane, avuga ko kuri bo nk’umuryango, kugeza ubu bamufata nk’umugisha ku muryango wabo bitewe n’uburyo yabatunguye, akanashyigikirwa bidasanzwe. Yabajijwe ku byagiye bivugwa ko Josiane yaba yarifashishije izindi mbaraga [z’amarozi] asubiza avuga ko atari byo. Avuga ko […]

Ntegeka Uganda nk’urugo rwanjye- Perezida Museveni

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni Kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize yabwiye abaturage ko abayobora nk’uko ayobora urugo rwe bwite hibandwa ku kubabwiza ukuri gushoboka kose. Ibi yabitangarije mu Karere ka Tororo mu muhango wo kwizihiza imyaka 33 ishyaka rye, NRM rimaze ku butegetsi. Museveni yasabye abamunenga kuzajya bavuga ibintu bifatika kandi bakashyira mu gaciro bakareba […]

Ange Kagame aranenga gutesha agaciro Ikinyarwanda kwagaragaye muri Miss Rwanda 2019

Ange I. Kagame, umukobwa w’umukuru w’igihugu, Paul Kagame, aranenga iteshagaciro ry’Ururimi rw’Ikinyarwanda ryagaragaye mu birori bisoza irushanwa rya Miss Rwanda 2019, aho avuga ko kuba umuntu atavuga ururimi rw’amahanga bidakwiye gutuma nawe ubwe ateshwa agaciro. Ku Mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, itariki 26 Mutarama 2019 nibwo hamenyekanye Nyampinga w’u Rwanda wa 2019 nyuma y’aho […]

Uganda: Guverinoma iritegura gusobanura birambuye aho umubano n’u Rwanda uhagaze

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Dr Ruhakana Rugunda yahishuye ko Guverinoma yitegura gusohora itangazo ku mibanire y’iki gihugu n’u Rwanda nyuma y’iminsi mikeya Uganda yirukanye abakozi batatu ba MTN barimo Umunyarwandakazi bashinjwa gushaka guhungabanya umutekano wa Uganda. Ibi Minisitiri w’Intebe wa Uganda yabitangarije inteko ishinga amategeko nyuma yo gusabwa gusobanura aho guverinoma ihagaze ku makuru avuga […]

Kenya yongeye kwibasirwa n’igitero cy’iterabwoba

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 26 Mutarama igihugu cya Kenya cyongeye kwibasirwa n’igitero cy’iterabwoba, ubwo igisasu cyaturikiraga hanze y’inzu yerekeranirwamo sinema mu gace kaba karimo abantu benshi ko mu murwa mukuru kigakomeretsa abantu babiri. Umwe mu bakomeretse ni umukarani wari uhawe umuzigo muto awuhawe n’umuntu wahise abura ari igisasu. Undi wakomeretse ni ucuruza ibinyamakuru nk’uko […]

Masisi: Imirwano imaze iminsi itatu yaguyemo abagera kuri 14 abandi benshi barakomereka

Byibuze abantu 14 barishwe abandi benshi barakomereka mu mirwano yahuje kuva kuwa Kane kugeza kuri uuyu wa Gatandatu mu gitondo inyeshyamba za NDC- RĂ©novĂ©  uyoborwa na Guidon ndetse n’ihuriro ry’abarwanyi ba Nyatura n’aba APCLS iyoborwa na Janvier Kalahiri. Amakuru aturuka mu gipolisi cya Kitchanga aremeza ko iiyo mirwano yabereye mu duce twa Shimbisha, Kalungu naNyabura, […]

U Bufaransa: Icyumweru cya 11 cy’imyigaragambyo cyaranzwe no guhangana na polisi

kuri uyu wa Gatandatu mu Bufaransa, abantu ibihumbi bazwi ku “dukote tw’umuhondo” bakomeje imyigaragambyo mu mihanda yo muri iki gihugu. Ni icyumweru cya 11 cy’imyigaragambyo yamagana amavugurura ajyanye n’ubukungu ya perezida Emmanuel Macron. Ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters, bigereranyije biravuga ko abigaragambyaga bari bamaze kugera ku 22,000 hagati mu masaha ya nyuma ya saa sita kuri […]

Rubavu: Hafatiwe amabaro asaga 100 y’imyenda yinjiye mu gihugu mu buryo bwa magendu

Mu bikorwa byo kurwanya ibicuruzwa byinjira mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuri uyu wa 26 Mutarama, Polisi ikorera mu karere ka Rubavu mu murenge wa Gisenyi mu kagari ka Bugoyi yafashe amabaro asaga 100 y’imyenda ya caguwa yinjiye mu gihugu mu buryo bwa magendu. Aya mabaro y’imyenda ya caguwa yafatiwe mu rugo rwa Bizimana […]

Abakobwa bahiganwa muri Miss Rwanda 2019 ni Abanyarwanda ibindi nta gaciro- FidĂšle Ndayisaba

Umunyamabanga  Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), yamaganiye kure ubutuma bukomeje gucishwa ku mbuga nkoranyambaga bukubiyemo amacakubiri, bugaruka cyane ku bari mu irushanwa rya nyampinga w’u Rwanda muri uyu mwaka wa 2019. Agendeye no ku butuma Komisiyo abereye umuyobozi yari yatangaje ibicishije ku rukuta rwayo rwa Twitter, Ndayisaba avuga ko aba bakobwa bari muri iri […]

Tanasha ankunda ku bw’urukundo rumurimo ntabwo ari ku bw’amafaranga- Diamond

Umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania, avuga ko umukobwa wo muri Kenya witwa Tanasha Donna bakundana, amukunda ku bwo bimurimo, ko atari ukumukurikiraho amafaranga. Ibi umuhanzi Diamond yabitangaje ku wa Kane tariki ya 24 Mutarama 2019, ubwo yagiranaga ikiganiro na Wasafi Tv abereye n’umuyobozi. Diamond yashimangiye ko Tanasha amukunda bya nyabyo, bitandukanye n’ibivugwa ko amukurikiyeho […]

Inyeshyamba 600 zishimiye intsinzi ya Félix Tshisekedi zashyize intwaro hasi

Ku wa Gatanu tariki ya 25 Mutarama 2019, abarwanyi 600 bo mu mutwe w’inyeshyamba wa Kamuina Nsapu bashyize intwaro hasi nyuma y’aho FĂ©lix Tshisekedi atsindiye amatora akanarahirira kuba Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Gatanu nibwo izi nyeshyamba zafashe inzira yerekeza i Kananga (KasaĂ ÂŻ Central) gushyira hasi intwaro bari bafite, zambaye ibitambaro […]

Nakiranye akababaro kenshi kuva mu ikipe ya AS Monaco- Thierry Henri

Thierry Henri w’imyaka 41 y’amavuko wabiciye bigacika muri ruhago ku mugabane w’u Burayi, nyuma yo kwirukanwa ku kazi k’ubutoza mu ikipe ya AS Monaco, atangaza ko yabyakiranye akababaro kenshi. Henri yirukanwe ku wa kane tariki ya 24 Mutarama 2019, kuri aka kazi kari ko ka mbere akoze nk’umutoza mu gihe iyi kipe ubu iri ku […]

HCR irahakana guha impunzi z’Abarundi imyambaro ya gisirikare

Mu gihe abayobozi batari bacye b’u Burundi bari bakomeje kurakazwa n’amakuru avuga ko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, HCR, ryaba ryarahaye impuzankano za gisirikare impunzi z’Abarundi, uhagarariye HCR mu Burundi yahakanye aya makuru. Madamu Gogo Hukportie, uhagarariye HCR mu Burundi yabihakaniye mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Gatanu avuga ko nta myambaro ya gisirikare […]

Hasojwe icyumweru cyahariwe ubufasha mu by’amategeko

Kuva tariki ya 21 kugeza ku ya 25 Mutarama 2019, cyari icyumweru cyahariwe gutanga ubufasha mu by’amategeko mu Rwanda hose ku nsanganyamatsiko igira iti :  RANGIZA INSHINGANO YAWE, USHYIRA MU BIKORWA IBYEMEZO BY’INKIKO . Iki cyumweru gikorwamo ibikorwa binyuranye birimo kwigisha abaturage amategeko akoreshwa mu buzima bwa buri munsi, gukemura ibibazo by’abaturage mu Mirenge, gusura […]

RCS igiye gukaza umutekano nyuma y’iraswa rya batatu bagerageza gutoroka

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Amagereza (RCS) rutangaza ko rugiye gukaza ibikorwa byo gucunga umutekano nyuma y’aho bigaragariye ko imibare y’abagerageza gutoroka igenda yiyongera. Umuvugizi wa RCS, Hillary Sengabo atangaza ko  muri izi ngamba harimo gushyiraho kamera ngenzuzi, kongera uburebure bw’inkuta za gereza no gushyiraho iminara y’abarinzi ku magereza yose. Ubuyobozi bw’uru rwego bwatanagrije TNT dukesha […]

Ese koko abaturage b’Abarundi baba batangiye gukumirwa muri Uganda?

Amakuru aturuka ku mupaka wa Muyingakobero uri mu majyaruguru y’u Burundi uhuza Tanzania n’iki gihugu, aravuga ko guhera ku mugoroba wo kuwa Kane ushize Abarundi batari koroherwa no kwinjira ku butaka bwa Uganda. “ Twageze Kabanga, Tanzania n’igipolisi bidusaba gusubira mu Burundi ,”uwo ni umugenzi wari muri bus yerekeza muri Uganda anyuze muri Tanzania. Iyi […]

Umugore wanjye ameze nka Cristiano Ronaldo- Diamond Platnumz

Umuhanzi Diamond Platnumz akomeje gutakagiza umukobwa bateganya kubana vuba, Tanasha Donna vuga ko azi ibintu byinshi harimo kwitwara neza mu buriri no mu gikoni. Diamond na Tanasha bateganya kubana muri Gashyantare 2019 mu bukwe bavuga ko buzamara iminsi ine abatumiwe barya bananywa. Uyu mugabo w’abana batatu yeteguje abakunzi be ko agiye kubyibuha mu minsi iri […]

 Kenya: Urubyiruko rwize nirwo  rukomeje kujya muri Al Shabaab

Igihugu cya Kenya kuwa 15 Mutarama uyu mwaka cyagabweho igitero cy’iterabwoba na Al Shabaab gihitana  abantu 21. Batandatu mu bakigabye bahasize ubuzima barimo n’abakiri bato nk’uko amafoto yabyerekanaga. Umwe mu bimenyabose muri Kenya, Huddah Monroe  yatangaje ko impamvu y’iyi mikorere y’urubyiruko rwa Kenya ari ukuba urubyiruko rwatakaje icyizere kuko Leta ntacyo irufasha. Uyu mukobwa avuga […]

Sudani: Imyigaragambyo ikaze yongeye kubura nyuma yo kuva mu musigiti

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 25 Mutarama , bagisohoka mu musigiti abaturage ba Sudani bahise basubira mu myigaragambyo mu mujyi wa Omdourman. Aho Polisi yifashishije ibyuka biryana mu maso igerageza kubatatanya. Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Sadek al-Mahdi yavugiye ijambo mu musigiti agira ati: “ubutegetsi bugomba kuvaho bidatinze,” Nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP. Sadek al-Mahdi […]

Rusizi: Bane bafashwe bakekwaho kunyereza ifumbire ya nkunganire muhinzi

Abagabo bane bafatiwe mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi bakekwaho kwiba ibiro Magana atanu (500kg) by’ifumbire ya nkunganire muhinzi. Kuri uyu wa kane tariki  24 Mutarama, nibwo Polisi yafashe aba bagabo batwaye imifuka 10 y’ifumbire bari bajyiye kugurisha mu gihugu cy’abaturanyi cya Kongo. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba Chief Inspector of Police […]

Uganda: Umunyarwandakazi Fille aravugwaho kuzahazwa n’ibiyobyabwenge

Umunyarwandakazi ukorera umuziki Fille Mutoni aravugwaho kuzahazwa no gukoresha ibiyobyabwenge nyuma yo gutandukana n’umugabo we, Edward Katamba uzwi nka Mc Kats. Aya makuru yashyizwe hanze n’umugabo wa Fille  Katamba wavuze ko yatandukanye n’umugore we bitewe n’uko yagendaga aba imbata y’ibiyobyabwenge uko iminsi yagendaga ihita. Uyu mugabo wabyaranye na Fille ndetse akaba yari n’uhagarariye inyungu ze […]

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Kaminuza Mpuzamahanga y'Ubuzima ya Butaro

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Mutarama 2019, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuzima ya Butaro, UGHE (University of Global Health Equity), iherereye mu karere ka Burera, Intara y’Amajyaruguru. Mu muhango wo gufungura ku mugaragaro iyi kaminuza, Perezida Kagame yashimiye abagize uruhare mu kuyubaka barimo Umuryango ‘Partners in Health […]

CNLG iramagana ubutumwa bw'ivangura n'amacakubiri bukomeje kugaragara kubera irushanwa rya Miss Rwanda 2019

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), yamaganye abantu bakomeje kunyuza ubutumwa bw’amacakubiri n’ivangura ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’ubukomeje kugaragara bufite aho buhuriye n’irushanwa rya Miss Rwanda 2019 iyi komisiyo yemeza ko ari icyaha kandi gihanwa n’amategeko y’u Rwanda nk’uko bigaragara mu itangazo yashyize aharagara kuri uyu wa Gatanu, itariki 25 Mutarama. Iri tangazo riragira riti […]

Undi munyamahanga wakoreraga MTN yirukanwe ku butaka bwa Uganda

Igipolisi cya Uganda kuri uyu wa Kane cyatangaje iyirukanwa ry’undi munyamahanga wakoreraga MTN nyuma y’iyirukanwa ry’abandi babiri barimo Umunyarwanda birukanwe mu ntangiriro z’iki cyumweru bashinjwa guhungabanya umutekano w’iki gihugu. Uwirukanwe wari umuyobozi ushinzwe ibijyanye na Mobile Money, ni Umutaliyanikazi, Elsa Mussolini, bivugwa ko nawe yirukanwe kuwa Gatatu nk’uko Umuvugizi w’Igipolisi, Fred Enanga yabitangarije AFP. Yagize […]

Gasabo: Ubushinjacyaha bukurikiranye ukekwaho kujugunya uruhinja mu musarani

Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Gasabo bwaregeye  Urukiko dosiye y’uwitwa Jeannette Uwera ukekwaho kubyara umwana akamujugunya mu musarani ari muzima. Uwera Jeannette yari umukozi wo mu rugo mu Kagari ka Karuruma, Umurenge wa Gatsata, Akarere ka Gasabo ho mu  Mujyi wa Kigali.Yaje gutwita ariko abihisha  ba nyir’ urugo . Ku itariki ya 07 Mutarama 2019 […]

Kigali: Ikigo ‘BTC’ kigisha Camera n’iby’itangazamakuru cyatanze poromosiyo y’ibyumweru 3 by’ubuntu

Ikigo BTC (Belgine Training Center) gihugura kikanigisha itangazamakuru, kiratangaza ko ubu cyatanze Poromosiyo ku rubyiruko yo guhugurwa mu gihe cy’ibyumweru bitatu ntacyo rwishyura. Iki kigo gikorera i Nyamirambo, mu Mujyi wa Kigali, gihugura abakigana ibirebana no gukoresha Camera, mu gofotora no gufata amashusho ndetse kikanahugura abifuza kwinjira mu mwuga w’Itangazamakuru. Umuyobozi mukuru wa BTC, Bizimana […]

Zimbabwe: Hahishuwe ko kwa Mugabe hibwe hafi miliyoni y’Amadolari aho kuba 150,000$

Uwahoze ari Perezida wa Zimbabwe, Robert Mugabe yibwe mu rugo we hafi miliyoni y’amadolari ubwo abajura binjiraga mu rugo rwe ruherereye ahitwa Zvimba hagati y’ukuboza n’intangiriro z’uyu mwaka bitandukanye n’amakuru yari yatangajwe mbere. Amakuru ya mbere yavaga mu rukiko yavugaga ko mu rugo rwa Robert Mugabe hibwe 150,000 by’Amadolari ariko amakuru mashya yavuye mu rukiko […]

Kenya: Banki irashinjwa kugira uruhare mu gitero cy'iterabwoba cyahitanye 21

Umuyobozi w’Ishami rya Banki ya Diamond Trust  muri Kenya, Sophia Njoki Mbogo arashinjwa kugira uruhare mu ihererekanwa ry’amafaranga bikekwa ko yifashishijwe n’abagabye igitero cy’iterabwoba kigahitana abantu 21. Mbogo usanzwe ayobora ishami ry’iyi banki ryitwa Eastleigh ubwo yari mu rukiko kuwa Kane w’iki cyumweru yavuze ko mu gutanga amafaranga hatakoreshejwe uburyo bwa M-Pesa ko ahubwo ari […]

Nyina wa Radio yareze Weasel mu nzego z’iperereza

Nyina wa nyakwigendera Moses Ssekibogo uzwi nka Radio, Kasubo Jane yareze mu nzego z’iperereza (CID) umuhanzi Weasel ndetse n’abandi bagenzi be barindwi abashinja gucuruza ibihangano bya Radio mu buryo butemewe. Kasubo yavuze ko ibihangano by’umuhungu we byongera bigatunganywa,bikagurishwa bushya mu gihe umuryango we utabizi. Umuvugizi wa CID,  SP Henry Ssekatte  yavuze ko aba bahanzi bakwiye […]

Paris: Maingain, Gakunzi na France 3 batangiye kuburana ku birego bibashinja guharabika Nkurunziza

Umunyamategeko w’icyamamare w’Umubiligi, Bernard Maingain, Umwanditsi w’Umurundi, David Gakunzi, ndetse na Televiziyo France 3 kuri uyu wa Kane, itariki 24 Mutarama 2019 bagejejwe imbere y’urukiko rwo mu Mujyi wa Paris kubera icyaha cyo gusebanya bakurikiranweho nyuma y’inkuru bakoze ku Burundi yatambutse kuwa 13 Mutarama 2016 kuri France 3, aho bagomba gusubiza ibirego bibashinja guharabika Perezida […]

Urwego rw’Umuvunyi ruremeza ko hakiri imbogamizi zishingiye ku itegeko rigenga ubutaka

Ubwo rwitabaga Komisiyo ya Sena ishinzwe politiki n’imiyoborere myiza, Urwego rw’Umuvunyi rwagaragaje ko hakiri imbogamizi zishingiye ku Itegeko rigenga ubutaka harimo ukunyuranya kw’ingingo z’amategeko gusa rwemeza ko ruzakomeza gusesengura imanza rwashyikirijwe zerekeye ubutaka hakurikijwe Amategeko. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Mutarama 2019, nibwo Abasenateri bagize komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere myiza bahuye n’abayobozi b’Urwego […]

APR FC igiye gucakirana na AS Kigali idafite Kapiteni wayo n’umuzamu ubanza mu kibuga

Ubwo ikipe ya APR FC izaba icakirana na AS Kigali mu mukino ufungura irushanwa ngarukamwaka ry’igikombe cy’Intwari 2019, ntabwo izaba ifite kapiteni wayo, Mugiraneza Jean Baptiste n’umuzamu wayo ubanza mu kibuga, Kimenyi Yves. Umukino ufungura iri rushanwa uraba kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 26 Mutarama 2019,  APR FC na AS Kigali zikazakinira kuri sitade […]

Kampala: Abapolisi bakozanyijeho n’umusekirite umuntu umwe ahasiga ubuzima undi arakomereka

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane, itariki 24 Mutarama, abapolisi bo kuri  Station nkuru ya polisi ya Kampala mu gihugu cya Uganda bakozanyijeho n’umusekirite ukorera ikigo cy’umutekano kigenga cyitwa SWAT Security Company hakoreshejwe imbunda, umuntu umwe ahasiga ubuzima, ndetse umunyeshuri umwe wiga muri kaminuza arahakomerekera. “ Guhererekanya amasasu byaje nyuma y’aho abapolisi bumvise amasasu […]

Igisubizo gikakaye cya Mourinho ku mukinnyi urusha undi ubuhanga hagati ya Crsitiano na Messi

Uwahoze ari umutoza wa Manchester United, Jose Mourinho yagize icyo avuga ku mukinnyi abonaho ubuhanga hagati ya Cristiano Ronaldo na Lionel Messi. Mu kiganiro n’ikinyamakuru ‘Soccer Laduma’ Mouriho ntiyashatse kwerura ngo agire uwo avuga ko arusha undi. Ati “ Messi ahanganye na Cristiano, ni impaka z’igihe kirekire. Ntekereza ko atari ibintu byiza kubagereranya.” Uyu Munyapolotigari […]

Huye: Abumvise amasasu menshi bafite amakenga ku mubare w’abagororwa barashwe

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira iryo ku wa Kane tariki ya 24 Mutarama 2019, nibwo inkuru yamenyekanye ko muri gereza ya Huye abagororwa bagerageje gutoroka bararaswa, ibinyamakuru bimwe byagiye bitangaza ko ari batatu barashwe ibindi bikemeza batanu, abaturage bo bakaba bagaragaza amakenga y’iyi mibare mu gihe bavuga ko humvikanye amasasu menshi. Urwego rushinzwe […]

Misiri: Abagore bakorewe ikinini kizajya kibongerera ubushake bwo gutera akabariro

Igihugu cya Misiri cyemeje igurishwa rya Viagra y’abagore mu rwego rwo kugabanya gusenyuka kw’ingo gukomeje kuba hejuru muri iki gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika nk’uko bitangazwa n’itangazamakuru ryaho. Minisitiri w’ubuzima wa Misiri akaba yatanze uburenganzira bwo gukoresha iki kinini nyuma y’ubushakashatsi bwagaragaje impamvu nyamukuru yo gutandukana kw’abashakanye mu Misiri ahanini bitewe no kutishimirana hagati […]

Hamenyekanye icyateye Perezida Tshisekedi guhagarika ijambo ryo kurahira atarirangije

Perezida mushya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yari yateye benshi impungenge ubwo yahagarikiraga hagati indahiro ye, akaba asobanura ko byatewe n’umunaniro yari afite. Umuhango wo kurahira kwe nk’umukuru w’igihugu wabaye ku wa Kane tariki ya 24 Mutarama 2019, witabirwa n’imbara y’abantu i Kinshasa. Tshisekedi yafashwe n’uburwayi bw’akanya gato, avuga ko yari afite […]

Nyaruguru/ Kivu: Abana baracyigira hanze

Ubwo itsinda ry’Abadepite mu Nteko Ishinga amategeko ryasuraga umurenge wa Kivu mu karere ka Nyaruguru, ryatunguwe no kubona abana bigira hanze. Ku kigo cy’amashuri abanza cya Kimina (EAR) giherereye muri uyu murenge wa Kivu, abadepite basanze abana bagera kuri 90 bo mu mwaka wa mbere ubu bigira hanze kuva uyu mwaka watangira. Kubera kwitegura abashyitsi […]

Ku nshuro ya Mbere RDC ibonye Perezida utari Yozefu ntabe na Desiré

Mu mateka ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, imaze kugira abaperezida batanu. Bane babanje bari bahuriye ku mazina amwe, iyo atabaga ari DesirĂ© yabaga ari Joseph.   Tshilombo Antoine Tshisekedi Felix, abaye uwa mbere udafite rimwe muei ayo mazina yombi.   Twibukiranye uko bakurikiranye:   JOSEPH Kasavubu yayoboye RDC kuva kuwa 01/07/1960 kugeza kuwa 24/11/1965 […]

Intore Bamporiki yarahije abahatanira Miss 2019, bamwe bambikwa amakamba

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Mutarama 2019, abakobwa bahatanira ikamba rya Miss 2019 barahiriye imbere y’Intore Bamporiki uyobora itorero ry’u Rwanda, ko batazatatira igihango cy’igihugu. Ni nyuma yo kunywesha ku ntangoy’indahiro,  abakobwa 15 basigaye mu Nkambi itegurirwamo uzaba Miss nabo bakaba bahigiye imbere ye ko batazatatira u Rwanda. Ibi byabereye mu […]

Mwiseneza Josiane ni igisasu akaba n'umugisha ku bategura Miss Rwanda

Mwiseneza Josiane ni umukobwa uri guhatanira ikamba rya nyampinga w’u Rwanda 2019, watumye muri iri rushanwa hagaragaramo byinshi ndetse rikurikirwa na benshi ugereranyije n’ayabayeho mu myaka yashize, aha kandi harimo no guhangana kw’abafana bitamenyerewe bitewe  no gushyigikirwa k’uyu mukobwa kugaragara hirya no hino mu gihugu no hanze yacyo, aho usanga benshi bajya impaka k’ugomba kuba Miss […]

Zari yacyuriye Diamond ashinja kutita ku bana babyaranye

Umuherwe Zari Hassan yacyuriye Diamond Platnumz babyaranye, amubwira ko amafaranga atasimbura urukundo agombwa abana be. Zari yabyaranye na Diamond abana babiri, umuhungu n’umukobwa, Tiffah na Nillan, muri Gashyantare umwaka ushize ubwo batandukanaga, abana basigaranye na nyina ariko uyu mugabo yemererwa kuzajya abasura aho babana na nyina muri Afurika y’Epfo. Zari uvuga ko uyu mugabo atita […]

Rubavu: Batatu bashinjwa kunyereza umutungo wa Sacco-Rugerero baburiwe irengero

Ubushinjacyaha buratangaza ko mu bantu bagera kuri bane bakekwaho kurigisa umutungo wa Sacco ya Rugerero umwe ari we watawe muri yombi mu gihe abandi bagera kuri batatu barimo umugore umwe bacitse bakaba bari gushakishwa. Ku wa  14 Mutarama  2019  Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Rubavu bwatangiye gukurikirana  dosiye iregwamo  abantu batatu 3 bakekwaho icyaha cyo […]

U Bufaransa bwohereje mu rukiko mpuzamahanga undi wahoze akuriye Anti-Balaka

Umuyobozi w’umutwe wa Anti-Balaka ndetse akaba ari nawe wari ukuriye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Centrafrica, Patrice-Edouard NgaĂ ÂŻssona, wafatiwe mu Bufaransa mu gihe kirenga gato ukwezi gishize, kuri uyu wa gatatu, itariki 23 Mutarama yohererejwe Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (CPI) rumukurikiranyeho ibyaha byibasiye inyokomuntu n’ibyaha by’intambara. Patrice-Edouard NgaĂ ÂŻssona wafatiwe mu Bufaransa hagati mu Ukuboza umwaka ushize, yakoze […]

Ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri

Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri yashyizwe mu bikorwa uhereye mu gitondo cyo ku itariki ya 7 Mata 1994. N’ubwo Abatutsi bari baratangiye kwicwa kuva mu 1991 mu makomini atandukanye, Jenoside yo mu 1994 yaje ari simusiga yibasira abari bararokotse ubwicanyi bwa hato na hato hagati ya 1990 na 1993. Abatutsi bakaba […]

Umugabo arakekwaho kwica umwana we amuryoza kurira cyane

Umugabo wo mu cyaro cya Odur mu Gace Ka Lamogi mu Karere ka Amuru muri Uganda akekwaho kwica umwana we w’umwaka umwe bitewe nuko yariraga cyane. Ibi byabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru aho uyu mugabo ukekwaho iki cyaha yakubise bikomeye umwana we w’umuhungu ubwo yageraga mu rugo agasanga uyu mwana yarize ubudahozwa. Bivugwa ko […]

Rusizi/Nyenji: Barara mu kizima kandi baturiye urugomero rutanga amashanyarazi

Abaturage bo mu Kagari ka Nyenji, mu Murenge wa Nzahaha, mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bababazwa no kurara mu kizima nyamara urugomero rutanga amashanyarazi mu bihugu by’u Rwanda, Burundi na Congo/ Kinshasa rwa Rusizi ya Kabiri ruri mu kagari ka Rwinzuki baturanye. Bavuga ko iyi mibereho ari yo ibaheza mu bukene kandi ari abahinziborozi  […]

Kugenda, gukorera muri Uganda by’Umunyarwanda byabaye icyaha- Amb. Nduhungirehe

Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko bimaze kugaragara ko kuba Umunyarwanda yagenda cyangwa agakorera muri Uganda byagizwe icyaha. Abanyarwanda batandukanye bagiye batabwa muri yombi bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda. Aba bakorewe iyicarubozo ndetse bamwe bacuzwa utwabo by’umwihariko abakoraga ubucuruzi. Kuwa Kabiri w’iki cyumweru nibwo Umunyarwanda wari Ushinzwe Ubucuruzi n’ikwirakwizwa […]

USA: Umusore w’imyaka 21 yishe abantu batanu abarasiye muri banki

Umugabo witwaje imbunda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Gatatu, itariki 23 Mutarama yarashe abantu batanu abasanze muri imwe mu mabanki yo muri Leta ya Florida nk’uko bitangazwa n’igipolisi. Itangazamakuru ryo muri Amerika riravuga ko uwigeze gutorezwa ubucungagereza wari uherutse kwimukira muri Florida aturutse muri Indiana yishe abantu batanu bari bahagaze ku […]

Umunyamideli Kantengwa Judith yahishuye ko nyirarume yamusambanyirije mu Rwanda

Nyuma yo kugenda avugwaho gushyira amashusho n’amafoto by’urukozasoni ku mbuga nkoranyambaga, umunyamudeli Judith Heard yahishuye bimwe mu byagiye bimutera ihungabana mu mateka y’ubuzima bwe. Judith aganira na BBC, yatangaje ko ubwo yari afite imyaka 17 y’amavuko, yasambanyijwe ku ngufu n’abasirikare babiri b’abofisiye ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamufatiyeho imbunda, ko ibi “Byatumye mu buzima […]

Huye: Abagororwa batanu barashwe

Abaturiye gereza ya Huye,ku Karubanda, bavuga ko ahagana saa Mbiri z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Mutarama 2019, humvikanye amasasu menshi, bikavugwa ko abagororwa batanu barashwe ubwo bageragezaga gutoroka. Havugimana Pierre ni umwe mu baturage batuye ku Karubanda, avuga ko yari ari mu nzira ataha yumva amasasu avuga ariko ntibyamara akanya karekare. […]