Ikipe y’abakinnyi 11 beza i Burayi batazakina Euro 2024

909c3a8d-470c-469e-944a-822678c72972.jpg

Mu gihe amarushanwa ya Euro2024 abura amasaha make ngo itangire, hari abakinnyi benshi bazwi cyane batazayitabira kubera impamvu zigiye zitandukanye zitandukanye Iyi mikino igiye gukinwa ku nshuro ya 17 aratangira kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Kamena kugeza 14 Nyakanga 2024 mu gihugu cy’Ubudage. Muri iri rushanwa hari amazina menshi y’abakinnyi batazayagaragaramo kubera impamvu […]

Babu yasabiwe gufungwa umwaka

Nyuma y’uko akubise uwo bahuriye mu kabari Babu ukora ikiganiro cy’imyidagaduro ku Isibo Tv cyitwa ’The Choice Live’ yasabiwe gufungwa umwaka umwe muri gereza n’ihazabu y’ibihumbi 300Frw. Rugemana Amen uzwi nka Babu ukora ikiganiro cy’imyidagaduro ku Isibo Tv cyitwa ’The Choice Live’ yasabiwe n’Ubushinjacyaha igihano cyo gufungwa umwaka n’ihazabu y’ibihumbi 300Frw kubera icyaha cyo gukubita […]

Muhadjiri na Omborenga basinyiye Rayon Sports

Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Omborenga Fitina wakiniraga APR FC na Hakizimana Muhadjiri wari uri muri Police FC mu gihe habura umunsi umwe ngo habe umukino wo kuganura Stade Amahoro mu cyiswe “Umuhuro w’Amahoro”. Muhadjiri yashyize umukono ku masezerano y’imyaka ibiri muri iyi kipe bamusanze iwe mu rugo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, […]

#EURO2024: Abakinnyi 24 bashya bo guhanga amaso

9c620ab0-28b4-11ef-ad0b-c973bec8bbfe.jpg.webp

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Kamena 2024 mu gihugu cy’Ubudage haratangira imikino y’igikombe cy’Uburayi igiye kuba ku nshuro ya 17. Iyi mikino itegerezanyijwe amatsiko na benshi ku isi. Kuri ubu abakunzi ba ruhago bose biteguye gukurikira iyi mikino yose kugeza irangiye dore ko izakinwa mu gihe cy’ukwezi kumwe. Tukurarikira kuzayikurikira kuri BwizaTv ku […]

Umuseriveri yirukanwe azira gusohora amashusho y’umugabo wasohokanye igipupe asambanya

Umukozi wakoraga muri resitora yo muri Carolina y’Amajyaruguru yirukanwe kubera ko yashyize ku rubuga rwa TikTok amashusho y’umukiriya waje gufata icyo kurya yitwaje igipupe akoresha mu mibonano mpuzabitsina. Tara Bjork umukozi wo muri resitora yasohoye aya mashusho ku ya 27 Gicurasi 2024 ubwo yamaraga kuyafatira mu kazi aho yakoraga. Ubwo yamaraga gusohora aya mashusho yarengejeho […]

Dr. Alfred Paul Jahn wamamaye nka Mon Ami mu Rwanda yapfuye

gp3p1mswuaalzhw.jpg

Umuganga w’Umudage Dr. Alfred Paul Jahn wamamaye nka Mon Ami hano mu Rwanda kubera ibikorwa by’ubugiraneza yagiye akora mu bihe bitandukanye harimo nko gufasha bana bo ku muhanda mu bice byinshi byo mu Rwanda, gusubira mu buzima busanze, yapfuye. Iyi nkuru y’inshamugongo yamenyekanye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Kamena 2024 binyuze mu itangazo […]

Musenyeri Linguyeneza wabaye umuyobozi wa mbere wa Seminari Nkuru ya Kabgayi yapfuye

4-1.webp

Musenyeri Linguyeneza VĂ©nuste wabaye umuyobozi wa mbere wa Seminari Nkuru ya Kabgayi yapfuye mu ijoro ryo ku itariki 09 kamena 2024. Amakuru y’urupfu rwe yemezwa na Kinyamateka, aho ivuga ko Musenyeri yaguye mu Bubiligi yakoreraga inshingano zo kuyobora Paruwasi yo mu Bubiligi ahitwa i Waterloo/Brabant Wallon yo muri ArchidiocĂšse ya Bruxelles-Malines. Musenyeri Linguyeneza yakoze inshingano […]

Umukinnyi wa filime z’urukozasoni yapfuye ku myaka 26

988086ec8a6ad0756ff1e391278be2f0.webp

Umukinnyi wa filime z’urukozasoni akaba n’muraperikazi ukomoka muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, Enchanting yapfuye ku myaka 26 nyuma yo kuzahazwa n’ibiyobyabwenge yafashe ari byinshi. Uyu muraperikazi wari ufite aho ahuriye na Gucci Mane kuko bakoranye yapfuye nyuma y’igihe mu bitaro ari kwitabwaho kubera gufata ibiyobyabwenge birengeje urugero rw’ibyo umubiri we wakiraga. Urupfu rw’uyu mukobwa […]

Burna Boy yishyuriye abarwayi bose amafaranga y’ibitaro

Umuhanzi Burna Boy wo muri Nigeriya wamenyekanye mu njyana ya Afrobeat yigaruriye imitima ya benshi kubera ibikorwa by’impuhwe yagaragaje mu bitaro bya kaminuza bya Port Harcourt (UPTH). Uyu muhanzi wegukanye ibihembo bya Grammy yasuye ibi bitaro maze yiyemeza kwishyurira abarwayi bose amafaranga y’ibitaro. Mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyamba yerekana uyu muhanzi ari gusohoka muri […]

Rayon Sports irashaka gukubitisha APR FC abayihozemo

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Kamena 2024 kuri sitade Amahoro hateganyijwe umukino w’ishiraniro ugomba guhuza APR FC na Rayon Sports mu kiswe ‘Umuhuro w’Amahoro’ utegura itahwa ry’iyi sitade riteganyijwe mu Nyakanga uyu mwaka. Kuri uyu mukino amakipe yombi yemerewe gukinisha abakinnyi bose bashaka baba abafite ibyangombwa ndetse n’abatabifite kuko ntabwo bazabisabwa, aha ni […]

Imbamutima za Kwizera Jojea watsindiye Amavubi

Nyuma y’uko atsinze igitego cyahesheje intsinzi Amavubi, Kwizera Jojea yatangaje ko yishimiye kuba yatsinze igitego anashimira Abanyarwanda bamwoherereje ubutumwa nyuma yo gufasha ikipe y’igihugu y’u Rwanda gutsinda Lesotho. Kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Kamena 2024 nibwo habaga umukino w’umunsi wa 4 mu itsinda C hagati y’ikipe y’igihugu y’u Rwanda na Lesotho kuri Moses […]

Amavubi yatsinze Lesotho asatira kujya mu gikombe cy’isi

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze ikipe y’igihugu ya Lesotho mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026, bituma ihita ifata umwanya wa mbere mu itsinda. Kuri uyu wa Kane nibwo habaga umukino w’umunsi wa 4 mu itsinda C hagati y’ikipe y’igihugu y’u Rwanda na Lesotho kuri Moses Mabidha Stadium. Amavubi yatangiye umukino ubona ihererekanya neza ndetse […]

Robinho yatangiye kwiga gukora amaradiyo muri gereza afungiyemo

Robinho wahoze mu ikipe ya Man City ndetse akaba yaranakiniye ikipe y’Igihugu ya Brazil, yatangiye kwiga gukanika amaradiyo aho afungiye muri gereza nyuma y’uko akatiwe gufungwa imyaka 9. Robson De Souza ni umwe mu bagabo batandatu bahamwe n’icyaha cyo gukubita no guhohotera umugore wo muri Alubaniya mu kabyiniro ko mu Butaliyani muri Mutarama 2013, ubwo […]

Abakinnyi 11 Amavubi ashobora kubanzamo imbere ya Lesotho

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri taliki ya 11 Kamena 2024 ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi irakirwa na Lesotho mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cyizaba muri 2026. Kuva mu mpera z’icyumweru gishize Amavubi ari kubarizwa i Durban muri Afurika y’Epfo aho yagiye gukinira umukino wa Kane wo mu itsinda C mu gushaka […]

Umugeni yanze gusoma umugabo we mu bukwe

Umugeni yababaje umusore bari bashyingiranywe ubwo bari bageze mu birori byo kwiyakira mu bukwe bwabo maze umugeni akanga gusoma uwari wamurongoye wari wabishegeye. Akenshi iyo mu bukwe bageze mu gihe cyo kwiyakira, umukobwa n’umusore bakoze bukwe bahabwa akanya imbere y’abatumirwa maze bakagakoresha ibyo bashaka, hari ababyinana ndetse hari n’abahitamo gusomana. Nubwo bimeze gutyo, umugeni wo […]

RIB iri gukurikirana Zeo Trap, Ish Kevin na Hollix

Nyuma y’iminsi mike Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko rwatangiye iperereza kuri Zeotrap, amakuru mashya yemeza ko rwatangiye no gukora iperereza kuri Ish Kevin na Hollix. Aya makuru yemejwe n’umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, wavuze ko bahamagaye aba baraperi bose kugira ngo babazwe. Yavuze ati: “Zeotrap, Ish Kevin, na Hollix bose […]

Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo yasuye Amavubi

gpvv5thweaa3mj2.jpg

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi iherereye i Durban muri Afurika y’Epfo yasuwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri iki gihugu, Emmanuel Hategeka wabahaye ubutumwa bw’uko bashyigikiwe. Ikipe y’igihugu y’u Rwanda iri muri Afurika y’Epfo aho yagiye gukinira umukino wayo wa Kane wo mu itsinda C, yasuwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo. Ku mugoroba wo […]

APR FC yabonye umutoza mushya

Mu ijoro ryakeye ikipe ya APR FC yatangaje ko yabonye umutoza mushya biciye kuri Application y’iyi kipe isanzwe icishwaho amakuru yayo. Mu itangazo bashyize ku mbuga nkoranyambaga zabo, batangaje ko bamaze kubona umutoza mushya aho basabaga abafana kuba muso kuko vuba bidatinze bari kumutangaza binyuze kuri Application y’ikipe. Nubwo batangaje ko hari umutoza babonye ntabwo […]

Sitade Amahoro igiye kwakira umukino wa Rayon Sports na APR FC

Nyuma y’uko imirimo yo kuvugurura sitade Amahoro iherereye i Remera isojwe, iyi sitade igiye kwakira umukino wa mbere. Umukino wa mbere ugiye kubera muri sitade AMAHORO uzahuza ikipe ya APR FC na RAYON SPORTS kuri uyu wa 6 tariki 15/6/2024. Ni umukino uzaba ufunguye, nta mubare w’Abanyamahanga ndetse nta n’ibyangomba by’abakinnyi (license) bizashingirwaho. Biteganyijwe ko […]

Christopher na Chriss Eazy bibwe

Abahanzi Chriss Eazy na Christopher bibiwe mu nzu y’umwe n’umuntu utaramenyekana aho yabatwaye mudasobwa ebyiri, ndetse aniba telefoni igendanwa ya Chriss Eazy. Ubu bujura bwabereye mu rugo rwa Christopher aho atuye ku Kimironko mu ijoro ryo ku wa 9 Kamena 2024 nk’uko byemezwa na Junior Giti ureberera inyungu za Chriss Eazy. Giti yagize ati “Twari […]

Ojera yamaganiye kure ibyo kuba ari i Kigali

Muri iki gihe cy’isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi ku isi, mu Rwanda isoko ryashyushye aho amakipe akomeye yatangiye kuvugwamo abakinnyi bakomeye. Nyuma y’uko basinyishije rutahizamu Ani Elijah wa Bugesera, mu ikipe ya Police FC havuzwemo undi mukinnyi wakiniye ikipe ya Rayon Sports akaza kuyivamo agiye gukina hanze y’u Rwanda. Hamaze iminsi hari amakuru avuga ko Umugande […]

Abafana binjiye mu kibuga bajya gufasha abakinnyi gukubita abasifuzi babibye

Ku cyumweru tariki 9 Kamena 2024 ubwo hakinwaga mukino w’umunsi wa 35 muri shampiyona y’ikiciro cya Mbere muri Negeria, hari umukino umwe wagaragayemo akavuyo kugeza n’aho abafana ibihumbi bisutse mu kibuga bashaka gukubita abasifuzi. Ibi byabaye muri shampiyona ya Nigeria mu mukino wahuzaga Rangers International Football Club iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona na Enyimba FC […]

Dore abakinnyi banze gukinira Afurika bakomokamo bakinira Uburayi

Umugabane w’Afurika uzwiho kugira impano z’abakinnyi gusa bikaza kurangira bitwariwe n’ibihugu by’amahanga bigatuma nabo birengagije ibihugu byabo bafiitemo inkomoko. Abanshi mu bakinira ibihugu by’amahanga baba barabyisanzemo ndetse ugasanga ari naho bagiye bakurira ibyo bikaza gutuma bisanga ari byo bari gukinira. Bitewe n’impamvu zimwe na zimwe zizamo iz’ubukene bw’Afurika n’umutekano muke usanga ababyeyi bamwe bajya ku […]

Ferwafa ivuga ko abajyanye n’Amavubi baba bari kuyasebya

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA ryagize icyo ritangaza ku makuru yacicikanye yemeza ko abakinnyi b’ikipe y’igihugu bari kubarizwa muri Afurika y’Epfo baba bararaye mu cyumba kimwe ari Bane bitewe n’ikibazo cya hoteli. Kuri ubu abasore b’ikipe y’igihugu Amavubi bari kubarizwa muri Afurika y’Epfo aho bagiye gukina umukino wa Kane wo mu itsinda C mu […]

Ababyeyi bishe umusore w’imyaka 16 basanze ari kubasambanyiriza umukobwa

Polisi yo muri Arua iri guhigisha uruhindu abagizi umuryango w’umukobwa utatangajwe amazina bishe umunyeshuri w’imyaka 16 bamushinja kuryamana n’umukobwa wabo. Richard Waiswa, ufite imyaka 16, utuye mu kagari ka Nyayi, Kati Ward, Ayivu West Division, Umujyi wa Arua yishwe azira kuryamana n’umukobwa w’umunyeshuri mugenzi we. Bivugwa ko nyakwigendera yafatiwe mu gikorwa (gukora imibonano mpuzabitsina) n’uwo […]

Diddy yambuwe impamyabumenyi yahawe na kaminuza ya Howard

Kaminuza ya Howard University ifite inkomoko ku mateka y’abirabura bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Washington DC, yambuye umuhanzi w’injyana ya hip-hop Sean “Diddy” Combs impamyabumemyi y’icyubahiro yari yaramugeneye mu 2014. Sean “Diddy” Combs yambuwe iyi mpamyabumemyi nyuma y’uko televiziyo ya CNN yerekanye amashusho ya kamera za CCTV agaragaza Diddy akubita umukobwa bigeze […]

Abakunzi ba Rayon Sports bakoteje arenga Miliyoni 45

img-20240608-wa0007.jpg

Abakunzi ba Rayon Sports barimo Sadate Munyakazi bahuriye mu nama nyunguranabitekerezo yakusanyirijwemo arenga Miliyoni 40 zo kugura abakinnyi. Ku wa Gatanu tariki ya 7 Kamena 2024 muri Grazia Hotel habereye inama yari yatumiwemo abafana b’imena ba Rayon Sports barimo n’abahoze bayiyobora nka Gacinya Chance Denis na Paul Muvunyi ariko bo batabashije kuyitabira. Abagera kuri 22 […]

Haruna Niyonzima yavuje umugore w’inshuti ye wari urwaye kanseri

Haruna Niyonzima yashimiwe bikomeye n’umwe mu bakunzi be kuba yaramuhaye ubufasha bumwunganira kuvuza umugore we wari urembejwe na kanseri yaje gukira burundu kubera ubufasha yahawe n’uyu musore. Uyu mukinnyi ukinira Al Ta’awon yo muri Libya ari mu Rwanda aho ari mu kiruhuko ndetse akaba ari gukina irushanwa ritegura umwaka utaha w’imikino ku bakinnyi babyifuza rya […]

Rayon Sports yatakaje abandi bakinnyi

Nyuma y’uko Rayon Sports itandukanye n’abakinnyi batanu barimo umunyezamu Hategekimana Bonheur, umurundi Emmanuel Mvuyekure, ba rutahizamu babiri AlsĂ©ny Camara Agogo, Paul Alon Gomis ndetse n’umunya-Maroc Youssef Rharb yongeye gutandukana n’abandi. Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutandukanya n’abakinnyi babiri barimo umugande Simon Tamale na Ndekwe FĂ©lix, bombi bari basoje amasezerano. Amakuru yo gutandukana n’aba bakinnyi yemejwe […]

Amavubi yatsinzwe umukino wa mbere mu itsinda

img-20240606-wa0064.jpg

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yatsinzwe umukino wa Mbere mu itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026. Kuri uyu wa Kane taliki ya 6 z’ukwezi kwa 06 2024 kuri sitade ya FĂ©lix HouphouĂ«t Boigny yo muri Cote d’Ivoire Benin yari yakiriye u Rwanda mu mukino w’Umunsi wa Gatatu mu itsinda. Uyu mukino watangiye […]

Umugabo agiye kurongora abakobwa babiri ku munsi umwe

u1_1717660737.jpg

Mu gihugu cya Nigeria umugabo yatunguye isi nyuma y’uko atangaje amakuru arambuye y’ubukwe bwe aho azashyingiranwa n’abakobwa babiri icyarimwe mu muhango uzaba mu minsi iri imbere. Ntibisanzwe ko umugabo yarongora abagore babiri ku munsi umwe gusa umugabo witwa Muhammed ukomoka muri Nigeria agiye kubikora. Umugabo witwa Mallam Umar Faruk Muhammed, yiteguye kurongora abagore babiri ku […]

Luka Modric na bagenzi be bahawe umugisa na Papa Francis

snapinsta_app_447398636_994004976062345_1818540026491787931_n_1080.jpg

Ikipe y’igihugu ya Craoatia yasuye papa Francis i Vatikani mbere y’uko imikino ya EURO 2024 aho yabasabiye imigisha itangwa n’uwiteka. Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Croatia (HNS) riyobowe na Perezida Marijan Kustic, ryateguye urugendo aho ikipe y’igihugu yose ya Croatia irimo bamwe mu bakinnyi bakomeye bakina ku mugabane w’i Burayi barimo Luka Modric ari nawe kapiteni […]

Masud Djuma yirukanwe muri Tabora United

Umutoza Masud Djuma wari umutoza w’umusigire mu ikipe ya Tabora United FC yo muri Tanzania yatandukanye nayo mu gihe iri gukina imikino ya kamarampaka yo kutamanuka mu cyiciro cya kabiri. Mu ntangiriro z’iki cyumweru ikipe ya Tabora United iri guhatanira kutamanuka mu kiciro cya Kabiri yirukanye uwari umutoza wabo Masud Djuma wanyuze mu makipe arimo […]

Abakinnyi 11 Amavubi ashobora kubanza mu kibuga imbere ya Benin

Mu ijoro ryo uri uyu wa Kane ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ irakirwa n’iya BĂ©nin mu mukino w’Umunsi wa Gatatu wo mu Itsinda C ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 ubera kuri Stade FĂ©lix HouphouĂ«t Boigny muri CĂŽte d’Ivoire. Kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Kamena 2024, guhera saa Tatu z’ijoro nibwo uyu mukino uraba […]

Ngwino twinjirane muri sitade 10 zigiye kwakira imikino ya Euro2024

olympiastadion-header-6453481717652442.jpg

Kuva tariki ya 14 Kamena 2024 igihugu cy’u Budage cyirakira imikino y’igikombe cy’Uburayi Euro2024 cyizakinirwa ku masitade 10 atatse ubwiza abarizwa muri iki gihugu cyateye imbere mu ngeri nyinshi nka ruhago, inganda ndetse n’ibindi. Imikino 51 niyo iteganyijwe kuba muri iri iri rushanwa aho yose izakinirwa ku masitade agera ku 1o yatoranyijwe n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru […]

RIB iraburira abanyarwanda bakoresha WhatsApp

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruraburira abakoresha ‘WhatsApp’ uburyo bw’ubwirinzi bukumira abashaka kuyinjiramo nyuma y’uko bigaragaye ko hari abantu bamwe biba amakuru muri telefone z’abandi banyuze ku rubuga rwa WhatsApp. Mu butumwa bw’amashusho Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Murangira B. Thierry, yanyujije ku rubuga rwe rwa X, yibukije abakoresha WhatsApp uburyo bashobora kurinda konti zabo n’amakuru […]

Bad Rama ararembye

Umwe bagize uruhare mu iterambere ry’umuziki w’u Rwanda mu myaka yatambutse Bad Rama arembejwe n’uburwayi na we yaburiye igisobanuro kugeza no ku baganga. Uyu mugabo uri mu bafite izina mu myidagaduro y’u Rwanda ari gusaba amasengesho nyuma y’uburwayi bumumereye nabi nubwo atazi neza ubwo aribwo kuko n’abaganga babuyobewe. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Bad Rama yavuze […]

Ani Elijah yabenze Rayon Sports asinyira ikipe izasohokera u Rwanda

Ani Elijah wifuzwa na Rayon Sports yayibenze ku munota wa nyuma aza gusinyira Police FC izasohokera u Rwanda mu Nyafurika CAF Confederation Cup. Police FC yasinyishije rutahizamu Ani Elijah wakiniraga Bugesera FC, amasezerano y’imyaka ibiri. Ibi byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu nk’uko byemezwa na Inyarwanda Bitangazwa ko Ani […]

As Kigali ishobora guseswa muri iki cyumweru

img-20240604-wa0057.jpg

Ubuyobozi bwa AS Kigali bwandikiye Umujyi wa Kigali nk’umuterankunga mukuru wa yo buvuga ko bukeneye miliyoni 750 z’amafaranga y’u Rwanda cyangwa igasezera muri shampiyona. Ni ibaruwa yasinyweho n’Umuyobozi w’Icyubahiro wa As Kigali, Shema Fabrice aho yasabye Umujyi kwishyura ibirarane by’amezi 7 by’umwaka w’imikino ushize wa 2023-24 ndetse n’amafaranga izakoresha mu mwaka w’imikino utaha wa 2024-25. […]

Lucas Paqueta yaba agiye guhagarikwa mu mupira ubuzima bwe bwose

Umukinnyi wo mu kibuga hagati wa West Ham, Lucas Paqueta ashobora kwisanga yahagaritswe muri ruhago ubuzima bwe bwose nyuma y’uko ari gushinjwa ibirego byo gutega mu mikino y’amahirwe ibi bizwi nka Bet. Bitangazwa ko FA yo mu Bwongereza ishaka guhagarika Lucas Paqueta muri ruhago ubuzima bwe bwose kubera ibirego byo gukora Bet. Uyu mukinnyi ukomoka […]

Santos wendaga kurangizanya na APR FC yahamagawe na Kaizer Chiefs na CS Sfaxien

Umunya-Portugal, Alexendre Santos wahaye Petro de Louanda igikombe uyu mwaka, aravugwa muri APR FC nubwo Kaizer Chiefs na CS Sfaxien zirimo kumuganiriza. Nyuma y’uko APR FC itangaje ko itazongerera amasezerano umutoza Thierry Froger hari amakuru akomeje kuzenguruka ayihuza n’umutoza w’umunya-Portugal, Alexendre Santos wahaye Petro de Louanda igikombe cya Shampiyona uyu mwaka. Bivugwa ko APR FC […]

Abanyamakuru b’imikino bagiye kujya bahemberwa hamwe n’abakinnyi

gpkxvtvxoaawccj.jpg

Mu Rwanda hatangijwe ibihembo bishya bizajya bitangwa na Rwanda Premier League itegura shampiyona y’icyiciro cya mbere aho hazajya hahembwa abakinnyi n’abanyamakuru bahize abandi mu gihe cy’umwaka wa Shampiyona. Ibi bihembo biratangira gutangwa ku bantu bose bahize abandi mu mwaka w’imikino wa 2023-2024 aho bizatangwa tariki ya 15 Kamena 2024 muri Serena Hotel. Ku mugoroba wo […]

Imbamutima za Cristiano Ronaldo kuri Mbappé wagiye muri Madrid

1717476635056-9570711717476906.jpg

Cristiano Ronaldo yatangaje ko azishimira kubona Kylian MbappĂ© i Santiago Bernabeu nyuma yuko asinye muri Real Madrid. Ku munsi w’ejo hashize nibwo abakunzi b’umupira w’amaguru bumvishe ko MbappĂ© yamaze gusinya muri Real Madrid amasezerano y’imyaka 5. Ku mugoroba nibwo Madrid yasohoye itangazo ivuga ko bumvikanye na MbappĂ© ko azayikinira guhera mu mwaka utaha w’imikino kuzageza […]

Mvukiyehe Jevénal ntakiri umunyamuryango wa Kiyovu Sports ukundi

Ibaruwa yo guhagarika Mvuyekure Juvénal ku b'umunyamuryango bwa Kiyovu Sports

Bidasubirwaho Mvukiyehe Juvenal ntakiri umunyamuryango wa Kiyovu Sports nyuma y’uko Komite nshya imwambuye kuba umunyamuryango wa Kiyovu Sports kubera gucamo ibice abakunzi b’iyi kipe. Kuri uyu wa Kabiri tariki 3 Kamena, nibwo ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwashyize hanze ibaruwa butangaza ko buhagaritse Mvukiyehe Juvenal kubere amwe mu makosa yabangamiye ikipe. Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwagize […]

Marie Josée yegujwe igitaraganya mu ikipe yayoboraga

Nyuma y’uko ku Cyumwetu mu ikipe ya As Kigali y’abagore habayemo inama y’inteko rusange, muri nama hegurijwemo umuyobozi mukuru w’iyi kipe ifashwa n’umugi wa Kigali. Umuyobozi wa AS Kigali WFC, Twizeyeyezu Marie JosĂ©e, yegujwe n’Inteko Rusange mu nama yateranye ku Cyumweru, tariki 2 Kamena 2024 Iyi nteko rusange yeguje uyu muyobozi yasize imusimbuza Ngenzi Jean […]

Savio yabazwe urutugu

Kapiteni Nshuti Dominique Savio usoje amasezerano muri Police FC yari amazemo iminsi, yamaze kubagwa imvune y’urutugu yari amaranye iminsi. Uyu musore wari usanzwe ari Kapiteni wa Police FC yaje guhura n’ikibazo cy’imvune y’urutugu ubwo yakinaga imikino ya nyuma ya shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda yegukanwe na APR FC idatsinzwe umukino n’umwe. Nyuma yo kugira […]

Rayon Sports iryamiye ijanja kuri Ani Elijah binyuze mu mufana wigumuye

img_1068.jpg

Rutahizamu wa Bugesera Fc, Ani Elijah wageze mu mwiherero w’ikipe y’Igihugu, Amavubi, akaza gusigara mu Rwanda kubera kubura ibyangombwa, akomeje kwifuzwa n’amakipe akomeye mu Rwanda. Uyu Rutahizamu wavuzwe muri APR FC na Police FC yavuzwe no muri Rayon Sports nyuma y’uko abaherwe b’iyi kipe barangajwe imbere na Perezida wa Rayon Sports, Rtd Capt Uwayezu Jean […]

Amavubi yahagurutse i Kigali igicuku cyinishye

img-20240603-wa0002-3529841717380088.jpg

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi iri kwitegura imikino y’ijonjora ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 yerekeje mu gihugu cya CĂŽte d’Ivoire aho izakinira umukino na Benin wo gushaka iyo itike. Mu gicuku cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Kamena 2024 nibwo Abakinnyi b’Amavubi bafashe indege ibakura ku kibuga cy’indege i Kanombe iberekeza i Abidjan. […]

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame barebye umukino wa nyuma wa BAL

img_20240601_202933.jpg

Petroleos de Luanda yo muri Angola yegukanye igikombe cya Basketball Africa League cy’uyu mwaka wa 2024 nyuma yo gutsinda Al Ahly Ly Sporting Club yo muri Libya amanota 107 kuri 94. Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 1 Kamena 2024 muri BK Arena hasojwe imikino ya BAL yabaga ku nshuro ya Kane. Uyu mukino wa […]

Minisitiri wa Siporo yasuye Amavubi mu mwiherero

img_20240601_132324.jpg

Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa ari kumwe aherekejwe na Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA basuye ikipe y’Igihugu Amavubi aho iri gukorera umwiherero. Ni uruzinduko aba bombi bagize mu gihe ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi arimo gutegura imikino ibiri yo guhatanira gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Isi 2026 kizabera muri Mexique, Canada na […]

Espoir FC yambuwe amanota 50 muri shampiyona

20240601-090152-7696411717226997.jpg

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryambuye Espoir FC amanota 50 bituma ihita umanuka mu kiciro cya Gatatu kandi yakagombye kuba iri gukina imikino ya kamarampaka igena ikipe iza mu kiciro cya mbere. Ikipe ya Espoir FC yakuweho ayo manota izira gukinisha Umunye-Congo Christian Watanga Milembe utari ufite ibyangombwa. Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, […]

Pastor Germain wari indaya yasezeranye n’uwacungiraga umutekano The Ben

pastor-7225911717148303.jpg

Uwahoze acungira umutekano umuhanzi Mugisha Benjamin wamenyekanye nka The Ben yasezeranye imbere y’amategeko na Pastor Niragire Germain wahoze akora umwuga w’ubusambanyi. Tuyishime Ganza wacungiraga umutekano The Ben mu minsi yatambutse, yasezeranye na Pastor Niragire Germain winjiye mu kwamamaza inkuru nziza ya Yesu avuye mu mwuga w’uburaya. Aba bombi basezeranye ku wa Kane tariki ya 30 […]

Mourinho yabonye akazi gashya

Umutoza wakoze amateka mu makipe agiye atandukanye, JosĂ© Mourinho yamaze kumvikana na Fenerbahçe kugira ngo ayibere umutoza mu gihe cy’imyaka ibiri aho amasezerano yabo azageza muri Kamena 2026. Usanzwe ashakora Mourinho uzwi ku izina rya Jorge Mendes yamaze kuvugana n’iyo kipe yo muri Turkia aho impande zombi zamaze kumvikana. Mourinho ukomoka muri Portugal yiteguye gusimbura […]

Minisiteri ya Siporo yatumye Samuel Eto’o yegura

Uwahoze ari umukinnyi w’icyamamare muri Cameroon wari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri iki gihugu, Samuel Eto’o yeguye kuri uyu mwanya nyuma yo gusaba imbabazi umutoza w’ikipe y’igihugu Marc Brys ndetse na Minisiteri ya Siporo. Nyuma y’uko ku wa Kane habaye ikiganiro n’itangazamakuru cyahuriyemo umuyobozi wa Federasiyo, Samuel Eto’o, umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ndetse n’umunyamabanga wa […]

Amatora mbere y’amatora se abaho? Mbanda Jean wifuza kuyobora u Rwanda

Mbanda Jean Daniel wigeze kwiyamamariza kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, yemeza ko Vincent Degaule Nzamwita wamutsinze mu matora atigeze ayobora iri shyirahamwe n’umunsi umwe. Ashimangira ko yari afite abamukoreramo aho kuba ari we wakoraga. Ku wa Kane tariki ya 30 Gicurasi 2024 nibwo Mbanda Jean Daniel yatanze Kandidatire ku mwanya w’Umukuru w’igihugu cy’u […]

I Bujumbura hongeye guterwa grenade

447179527_936793381788773_722088306787840457_n.jpg

I Bujumbura hongeye guterwa grenade nyuma y’ibyumweru bike hatewe izindi aho abaziteye baje gufatwa ndetse banerekwa itangazamakuru mu kiganiro Polisi yari yagiranye n’abanyamakuru bo muri iki gihugu. Kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Gicurasi ahagana saa sita z’amanywa mu mujyi wa Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi humvikanye iturika ry’igisasu cyo mu bwoko bwa grenade. […]

Yihesheje amakarita y’umuhondo yinjiza miliyoni zirenga 100 muri Bet

Uwahoze ari umukinnyi wo hagati muri Kaizer Chiefs, Kearyn Baccus, yagejejwe mu nkiko zo muri Australia ashinjwa gukora Beting aho yiheshaga amakarita y’imihondo yabiguze muri kompanyi zicuruza imikino y’amahirwe. Itangazamakuru ryo muri Australia rivuga ko Baccus akurikiranyweho icyaha cyo gushaka gutega mu buryo butemewe n’amategeko aho yiheshaga amakarita y’imihondo adasobanutse nyuma akaza kuyishyurirwa. Uyu mukinnyi […]

Muhadjiri na mugenzi we basezerewe mu mwiherero w’Amavubi

gomt6yxw0aasjnx.jpg

Nyuma y’uko Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Torsten Frank Spittler asezereye abakinnyi batatu mu bari mu mwiherero utegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 hongeye gusezererwa abandi barimo Muhadjiri Hakizimana. Abari basezerewe ku wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024 ni Iradukunda SimĂ©on, Nsengiyumva Samuel ba Gorilla FC, n’umunyezamu Niyongira Patient wa Bugesera FC. Nyuma […]

Rayon Sports yakubuye 5 barimo Youssef Rharb

goz0_pjxiaajkul.jpg

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye n’abakinnyi 5 barimo abanyamahanga 4 yari ifite uyu mwaka ndetse n’undi munyarwanda umwe. Muri iki gihe umwaka w’imikino mu Rwanda warangiye amakipe yatangiye kurekura bamwe mu bakinnyi atazakoresha mu mwaka utaha w’imikino uzatangirwa muri Kanama 2024. Ku ikubitiro Gasogi United niyo yasezereye abakinnyi bayo biganjemo abanyamahanga ni uko […]